Data afite ahantu HAMWE yatoranije ho kuramirizwa, Umwami Yesu Kristo; We ni Ijambo. Uyu munsi, hariho ahantu HAMWE urupfu rw’umwuka rudashobora gukubita: Ijambo. Urupfu ntabwo rushobora gukubita Ijambo, kubera ko ari Ijambo Rizima ry’Imana.
Guhishurirwa kuzuye kw’iryo Jambo Rizima kwahishuriwe gusa Muka Yesu Kristo. Hariho ahantu HAMWE gusa aho Muka Yesu Kristo ashobora kujya maze akumva IJAMBO RIVUZWE RITUNGANYE. Hariho umuhanuzi UMWE watoranijwe kugira ngo abe Ijwi ry’Imana. Hariho ahantu HAMWE gusa Muka Yesu ashobora kujya maze akumva, UKU NIKO UWITEKA AVUZE: GUKANDAHO BIKAVUGA.
Hazabaho Umucyo mu gihe cya nimugoroba, ahantu hamwe hatoranijwe n’Imana ho kuramirizwa. Oh! Ubu Butumwa bwaje gukora iki? Ni iki Agiye gukora? Kandi mu gihe Cyabwo hazaba Umucyo mugihe cya nimugoroba, kandi (iki?) ku bwo kwacyira abana Bayo bagarutse mu rugo, mu Gihugu cy’isezerano nyakuri, ku kimenyetso kimwe cy’Inkingi y’Umuriro cyayoboye abana b’Isirayeli mu Butayu.
Mbega uburyo Umugeni We akwiye kuba maso mu gukurikira no kumva Ijwi ry’Umugabo We rivugana na We. Hariho ahantu HAMWE gusa dushobora kujya maze bikaba bihamirijwe 100%. Hariho Ijwi RIMWE gusa dufite twubakiyeho aho tugiye h’iteka .
Muka Yesu Kristo yizera ko Amagambo Yumva ku makasete ari Amagambo y’Umugabo We. Yizera Ijambo Rye ntabwo akeneye ubusobanuro. Nibwo buryo, Yizera ko hariho ahantu HAMWE gusa hasyizweho Ashobora kujya maze Akavuga AMEN kuri buri Jambo, Ijwi ry’Umugabo We ku makasete.
Nanone, Muka Yesu Kristo, uturutse hirya no hino ku isi, ashobora kuvuga ngo, “Uyu munsi iri Jambo ryavuzwe, ririmo rirasohora”.
Ndasaba, Mana dukunda, hariya kure mu butayu bwa Tucson, hariya muri Californie, iyo hejuru muri Nevada, no muri Idaho, iyo kure Iburasirazuba, na hariya i Texas; mu gihe ubu butumire butanzwe, hariho abantu bicaye mu dusengero duto, ku maradiyo, mu mazu, barimo kumva.
Uratumiwe kuza kumva hamwe n’Ingando ya Branham I Saa Sita z’Amanywa ku isaha y’I Jeffersonville, mu gihe twumva Imana ivugana n’Umugeni Wayo yatoranyije, Ubutumwa: “Ahantu Imana Yatoranyije ho Kuramizwa” 65-0220.
Mwene Data Joseph Branham
Ibyanditswe: Guteka kwa Kabiri 16: 1-3
Ntukagire umutsima wasembuwe ubirisha, ujye umara iminsi irindwi ubirisha imitsima itasembuwe, ari yo mitsima y’umubabaro kuko wavuye mu gihugu cya Egiputa uhubutse, kugira ngo iminsi yose yo kubaho kwawe uhore wibuka wa munsi waviriye mu gihugu cya Egiputa.
Mbega gushagurutswa binyuze mu Kwizera kuri kubaho hamwe n’Umugeni. Hamwe na buri Butumwa twumva, imbere mu mitima yacu no bugingo turibaza ngo , “Ni gute birushaho kuba bigari kandi birushaho kuba ibitangaje, Mwami?” Hanyuma Akaza hagati muri twe indi nshuro maze akadusiga mu gihe twumva Ijwi Rye riduhamagara maze rikavuga ngo , “Muri abakundwa Banjye. Narabatoranije ngo mu be Umugeni Wanjye. Nkuko Nabasezeranije, Nje kubajyana. Ndi mu nzira. Vuba aha tuzaba turi hamwe mu Iteka.”
Hirya no hino turarangura ku isi, tunyeganyeza Ijuru hamwe na za Halleluya zacu, icyubahiro, kumuhimbaza, no kumuramya. Satani yaratsinzwe. Data yakuyeho gushidikanya kwacu kose, gukekeranya kwacu kose, gutekereza kose yagushyize kure. Dushobora guhamya hamwe n’umutima n’ubugingo bwacu bwose ko, TURI Imbuto Ya Cyami y’Abrahamu Idasanzwe. Umugeni wa Cyami ku Mwana W’Ubwami wasezeranwe.
Kubaho k’Umwami kuratangaje mu gihe Aduhishurira Ijambo Rye kurenza uko byigeze kubaho mbere. Yunze Umugeni We hamwe n’Ijambo, kandi aduha guhuza umutima no guhuza nk’itsinda rimwe, twumva Ijwi ry’Imana rivuga kandi ridutunganya binyuze mu Ijambo Ryayo.
Buri Butumwa twumva ni nk’iriba ridudubiza rituritse mu bugingo bwacu; rigatemba, rigasunika, kandi rikadudubiza rifutse rituruka ku Ntebe y’Imana. Tukanywa kandi tukongera tukanywa ndetse tukanywa, turimo duhembura ubugingo bwacu.
Bene Data na Bashiki bacu, turi ugusohora kw’Ibyanditswe kwavuze ko Azagira Umugeni Jambo w’umwari. Turi: Uyu munsi iki Cyanditswe Kirasohoye.
Imana Ubwayo ivugira mu Ijuru Ibwira marayika Wayo wa karindwi iravuga ngo, “Nkuko Yohana Umubatiza yatumwe kuba integuza yo Kuza kwa mbere kwa Kristo, Ubutumwa bwawe buzabanziriza Kuza Kwe kwa kabiri, mu isi yose.” Umugeni ashobora kuvuga ngo: Uyu munsi iki Cyanditswe kirasohoye.
Dushobora gusobanukirwa ko iryo Jwi ry’Imana rimwe ryavuze mu minsi yacu rinyuze mu minwa y’umuntu, rigafatwa amajwi, rigahunikwa, ndetse rikarindwa kugira ngo rishobore kuvugana na buri umwe se muri twe, Uku Niko Uwiteka Avuze? Yemeye ko bishoboka kugira ngo tutazakenera gufata ijambo ry’undi wese, nta bitekerezo by’uwari we wese, nta myumvire y’undi, ni ukwicara gusa maze tukumva Ijwi Ryayo rivugana na twe Ijambo Ryayo ritunganye bidaciye ku ruhande .
NI IKI KIRIMO KUBAHO UYU MUNSI?
Kandi wa M-W-A-N-A w’Imana umwe waje i Burasirazuba kandi Akihamiriza ko ari Imana yigaragarije mu mubiri wa kimuntu; ni wa M-W-A-N-A w’Imana uri hano mu gice cy’isi cy’i Burengerazuba, Wigaragariza rwagati mu Itorero muri uyu mugoroba, Ari uko Yari ejo hashize Uyu munsi ndetse n’Iteka. Umucyo wa nimugoroba w’Umwana waraje. Uyu munsi iki Cyanditswe gisohoreye imbere yacu.
ESE TURI MU BUSHAKE BUTUNGANYE BW’IMANA KUBWO KUVUGA NO KWIZERA KO: “GUCURANGA AMAKASETE ARI INZIRA YATANZWE N’IMANA KU MUGENI WAYO”?
ESE HABA HARIHO IKINDI KINTU KIRUTA KUMVA AMAKASETE?
Imana ihora igaragazwa muri gatatu nk’uko nabivuze ejo nimugoroba. Hari Abanyesodomu, bene loti n’Ababurahamu. Ibyo biri mu gihagararo kimwe uyu mugoroba, isi ni uko ihagaze neza neza.
Mwitegereze. Uwasigaranye n’Aburahamu yari Imana Ubwayo. Ababiri bandi bari intumwa z’Abamarayika
Nicaye hano muri iki gitondo niyumvamo uko gusigwa mu gihe ndimo kumva, nsoma kandi niga ubu Butumwa Umugeni azumva Kucyumweru. Kubaho kwanjye kose kwasizwe. Umutima wanjye urimo urasimbaguritswa n’uwo munezero. TURAZA KUBA TWESE DUTERANIYE HAMWE DUTURUTSE HIRYA NO HINO KU ISI HAMWE NO GUSIGWA KUMWE. Tuzaba tunezerewe, icyubahiro kibe icy’Uwiteka, twese icyarimwe, mu gihe avugana na buri umwe umwe muri twe kandi Aduhishurira Ijambo Rye.
Gusigwa kuraba gukomeye kuburyo haza kuba gusakuza no kuvuza akaruru, “Halleluya, amen, icyubahiro kibe icy’Izina ry’Uwiteka” hirya no hino ku isi ku isaha imwe, mu gihe tunyeganyeza Ijuru hamwe no kuramya no guhimbaza.
Ese ni iki kiza kuba kirimo kubaho? Imana iraza kuba yunga Umugeni Wayo kandi Ivugana nawe. Turaza kuba turi Itsinda Rimwe, ibitekerezo bimwe no guhuza umutima mu gihe Itwihishurira kandi Ikatwigaragariza Ubwayo.
Hariho ahantu hamwe hakomeye washobora kujya, nta Jwi rikomeye washobora kumva; nta gusigwa gukomeye kwaruta Ijwi ry’Imana rivugana nawe ku makasete mu buryo butaziguye.
Imana yarinze Ijambo Ryayo guhera mu itangira kandi yatanze ahantu abana Bayo bose bashobora kujya maze bakayumva Irimo ivuga kandi isobanura Ijambo Ryayo Bwite. Ahantu hatari ugukekeranya, ntabwo ari icyizere, si ukwibaza; Ni ahantu hatanzwe n’Imana kugira ngo twumve UKU NIKO UWITEKA AVUZE.
Igihe ubihishuriwe, biba bimeze nk’umucyo ukomeye ucanywe mu mutima n’ubugingo bwawe… Urasakuza ngo, “Ni ibingibi. Ndabibona. Ndi UMWE N’IJAMBO. NDI IJAMBO. NDI UMUGENI. NAHAGEZE.”
Kiri kuba kandi ntibabizi. Ni ibyo. Murabona? Yooo yego! Mu by’ukuri, kuko aho umubiri uri, aho niho hazateranira ibizu, ibyo ni ukuri neza neza nkuko isi iriho. Icyo nicyo rivuga. Umubiri ni iki? Ni Ijambo. We ni Ijambo, Umubiri, Kirisito! “Kirisito muri mwe,” Uri uko Yari ejo hahise ndetse n’iteka. Mbega ukuntu ari ukuri
Mu gihe duhurira hamwe kugira ngo twumve Ijambo, amaganya yacu yose, ibiduhangayika byose, ibibazo byacu byose, bihita bizimira mu buryo bworoshye. Tunezezwa no kumenya ko nta kintu gihari cyo kuduhangayika; turi Umugeni Wayo. Ntabwo Ari kumwe na twe gusa, AHUBWO ARI MURI TWE. TURI UMUGENI JAMBO MBUTO. Buri kintu kiratunganye. Uburyo Bwe bwo kubara igihe buratunganye. Turatunganye.
Turanyuzwe kandi turashima tuvuga ngo turi Ijambo Ryayo ryabyawe n’umwari rigaragajwe; Yesu Kristo uko yari ejo hahise, niko ari uyu munsi, kandi niko azahora iteka, ubaho kandi agatura muri twe. Halleluya!
Mwigeze mubona ikizu kigambana? Oya, mugabo! Nta buriganya buri muri cyo. Niko bimeze no mu mukirisitu w’umwimerere. Ntabwo yorohereye. Azahiga kugeza abibonye. Amina! Yego, mugabo! Azabona ibyo kurya bye. Ashaka Manu nshya. Azamanuka aho acukure kugeza aribonye. Azaguruka hejuru ndetse hejuru cyane. Niba atari muri iki kibaya, azazamuka kurushaho. Uko murushaho kuzamuka, ni ko murushaho kureba neza. Rero, ni igihe ku bizu by’uyu munsi kuguruka hejuru cyane, gucukura mu masezerano y’Imana, atari ukubeshwaho n’ibiryo by’inkongoro byishwe hashize imyaka. Mujye kure yabyo.
Itegure Mugeni, turaza kuba turya ya Manu nshya munsi yo gusigwa gukomeye cyane guhari, kuri iki Cyumweru I Saa Sita z’Amanywa, ku isaha y’I Jeffersonville, mu gihe twumva: 65-0218 Imbuto Ntizaraganwa n’Igishishwa.
Turatumira Umugeni wo hirya no hino ku isi kwiyunga na twe mu gusangira ku Nzira itunganye yateguwe n’Imana kubw’uyu munsi. Ahantu hamwe honyine aho UMUGENI ashobora kuvuga amen ku buri Jambo. Aho gusigwa gukomeye k’Umwuka Wera kuvuga kandi kugatunganya Umugeni Wayo binyuze mu Gukandaho Bikavuga no kumva kandi ukakira Ijambo Ryayo.
Luka 17: 30 Ni na ko bizamera umunsi Umwana w’umuntu azabonekeraho.
Yohana 5:24
Ni ukuri, ni ukuri, ndababwira yuko uwumva ijambo ryanjye akizera uwantumye, aba afite ubugingo buhoraho kandi ntazacirwaho iteka, ahubwo aba avuye mu rupfu ageze mu bugingo. Yohana 14:12 Ni ukuri, ni ukuri, ndababwira yuko unyizera, imirimo nkora na we azayikora ndetse azakora n’iyiruta, kuko njya kwa Data.
Abaroma 8:1 Nuko rero noneho abari muri Kristo Yesu nta teka bazacirwaho,
Abagalatiya 4:27-31 kuko byanditswe ngo “Ishime ngumba itabyara, Tera hejuru uvuge cyane utaramukwa, Kuko abana b’inyungwakazi ari benshi, Baruta ab’inkundwakazi.” Nuko rero bene Data, namwe muri abana b’isezerano nk’uko Isaka yari ari. Ariko nk’uko icyo gihe uwabyawe n’umubiri yarenganyaga uwabyawe n’Umwuka, na n’ubu ni ko bikimeze. Mbese ibyanditswe bivuga bite? Biravuga biti “Senda inshoreke n’umuhungu wayo, kuko umuhungu w’inshoreke atazaraganwa n’umuhungu w’umugeni.” Nuko bene Data, ntitukiri abana b’inshoreke, ahubwo turi ab’umugeni.
Abaheburayo 13:8 Yesu Kristo uko yari ari ejo, n’uyu munsi ni ko ari kandi ni ko azahora iteka ryose.
1 Yohana 5:7 ???
Ibyahishuwe 10 Mbona marayika wundi ukomeye amanuka ava mu ijuru yambaye igicu, umukororombya uri ku mutwe we, mu maso he hasa n’izuba, ibirenge bye bisa n’inkingi z’umuriro. Mu intoki ze yari afite agatabo kabumbutse. Nuko ashyira ikirenge cye cy’iburyo ku nyanja, n’icy’ibumoso agishyira ku butaka. Arangurura ijwi rirenga nk’uko intare yivuga, avuze iryo jwi rirenga guhinda kurindwi kw’inkuba kuvuga amajwi yako. Kandi guhinda kurindwi kw’inkuba kumaze kuvuga, nari ngiye kwandika nuko numva ijwi rivugira mu ijuru rimbwira riti “Iby’uko guhinda kurindwi kw’inkuba kuvuze ubizigame, bibe ubwiru ntubyandike.” Marayika nabonye ahagaze ku nyanja no ku butaka amanika ukuboko kwe kw’iburyo, agutunga mu ijuru arahira Ihoraho iteka ryose yaremye ijuru n’ibirimo, n’isi n’ibiyirimo n’inyanja n’ibiyirimo ati “Ntihazabaho igihe ukundi, ahubwo mu minsi y’ijwi rya marayika wa karindwi ubwo azatangira kuvuza impanda, ni ho ubwiru bw’Imana buzaba busohoye nk’uko yabwiye imbata zayo ari zo bahanuzi.” Nuko rya jwi numvise rivugira mu ijuru, nongera kuryumva rimbwira riti “Genda wende ka gatabo kabumbutse kari mu intoki za marayika uhagaze ku nyanja no ku butaka.” Nuko nsanga marayika uwo ndamubwira nti “Mpa ako gatabo.” Aransubiza ati “Enda ugaconshomere, karagusharirira mu nda ariko mu kanwa kawe karakuryohera nk’ubuki.” Nenda ako gatabo, ngakura mu intoki za marayika ndagaconshomera. Mu kanwa kanjye karyohera nk’ubuki, ariko maze kukarya mu nda yanjye harasharirirwa. Arambwira ati “Ukwiriye kongera guhanura iby’amoko menshi n’amahanga menshi, n’indimi nyinshi n’abami benshi.”
Malaki 4 Dore hazaba umunsi utwika nk’itanura ry’umuriro, abibone bose n’inkozi z’ibibi zose bazaba ibishingwe, maze habe umunsi uzabatwika bashire, ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga, ntuzabasigira umuzi cyangwa ishami. Ariko mwebweho abubaha izina ryanjye, Izuba ryo gukiranuka rizabarasira rifite gukiza mu mababa yaryo, maze muzasohoka mukinagire nk’inyana zo mu kiraro. Kandi muzaribatira abanyabyaha hasi, bazaba ivu munsi y’ibirenge byanyu ku munsi nzabikoreraho. Ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga. Nimwibuke amategeko y’umugaragu wanjye Mose, ayo namutegekeye i Horebu yari ay’Abisirayeli bose, yari amategeko n’amateka. Dore nzaboherereza umuhanuzi Eliya, umunsi w’Uwiteka ukomeye kandi uteye ubwoba utaragera. Uwo ni we uzasanganya imitima ya ba se ku bana n’imitima y’abana ku ya ba se, kugira ngo ntazaza kurimbuza isi umuvumo.
Turanyuzwe kandi twizeye ubu Butumwa ko ari Ijwi ry’imana ryoherejwe kugira ngo ritunganye Umugeni Wayo. Twizeye ko urukungu ruri gukurwa mu ngano, kandi ubu Umugeni Wayo ashyizwe Imbere y’Umwana, AKANDAHO BIKAVUGA kugira ngo akomere.
icyo nicyo gitumye turi hano, nshuti. Mugume imbere y’Umwana [Son] kugeza ubwo itsinda ryacu rito hano , kugeza ubwo rizakomera muri Kristo, aho niho rihinduka umugati ku meza Ye. Icyo nicyo nshaka ko rikora.
Uwo ari we wese utizera ko GUKANDAHO BIKAVUGA no kumva Ijwi rihamijwe ry’Imana ivuga ariryo Jwi ry’ingenzi kurusha ayandi mugomba kumva, uwo niwe muntu urimo uhunga mu maso y’Uwiteka.
Mugomba guhangana nabyo cyangwa mukagira icyo mukora kuri byo. Mufite inshingano; buri muntu arazifite. Kandi mugomba guhangana n’ibi bintu. Niko biri
Mbega uburyo uyu murongo ari ukuri kandi ari ingenzi. Hariho ibice byinshi hagati mu bantu bahamagawe n’Imana ngo basohoke. Ese ni ingenzi cyane gucuranga kasete mu rusengero kugira ngo wumve Ijwi ry’Imana, cyangwa ahubwo ubu ni ingenzi cyane ko abakozi bagira ubukozi kw’Ijambo ?
Imana yahamagaye kandi ishyira mu mwanya ubukozi hano kugira ngo bukomeze Ijambo imbere y’abantu. Ni Abungeri. Ibi Ijambo rirabyigisha. Bagomba kubahwa ndetse no guhabwa icyubahiro nk’abantu Imana yahamagaye kandi ikabashyira mu mwanya.
Ntitugomba, nta nubwo dukwiye, kwigera narimwe tuvuga ko atari Umugeni. Ibyo ni IKOSA kandi ntabwo bihura n’icyo umuhanuzi yatwigishije. Numvishe abantu bavuga ngo: “Niba badacuranga kasete mu nsengero zabo, ni abarwanya Ijambo.” Ntimukavuge ibintu nk’ibyo. Ibyo binyereka ko mufite umwuka mubi.
Numvishe abandi bavuze ngo, “Bose bakwiriye gukurikirira ku murongo umwe na Branham Tabernacle bitaba ibyo bakaba batari mu bushake bw’Imana”. Ntimukwiriye kuvuga ibintu nk’ibyo. Imana niyo yonyine izi Umugeni uwo ari we n’utariwe. Uwo ntabwo ari umwuka w’Umugeni kuvuga ibintu nk’ibyo.
Habe na bamwe mu bantu bakurikira ku murongo umwe na Branham Tabernacle baravuga ngo, “Nimuramuka mugiye ku rusengero kumva kasete kandi ntimukurikire ku murongo mu ngo zanyu muri mu ikosa!” Ibyo birapfuye bene Data na bashiki bacu. Niba muvuga ibyo, MUBIHAGARIKE, muri mu ikosa. Buri wese agomba gukora nkuko YUMVA AYOBOWE N’UMWAMI GUKORA.
Ababwiriza benshi bumva ko kubwiriza ari inzira yatanzwe n’Imana kubw’uyu munsi. Ibyo tubibona mu buryo butandukanye, ibyo ni ukuri. Ni inshuro zingahe Mwene Data Branham yakoze iri gereranya? Twamwumvise mu Bibazo n’Ibisubizo, igihe abantu barimo bavuga kuri Mwene Data Jackson ko ari mu ikosa, yabacyashye kubwo kuba baragize icyo bavuga kuri we no ku itorero rye.
Ndimo gusa kubwiriza binyuze mu buryo bw’uru rwandiko icyo nizera ko ari Inzira yateguwe n’Imana kubw’Ingando ya Branham. Ni bene Data na bashiki bacu. Bakunda Umwami n’ubu Butumwa. Ubwo nibwo buryo bumva Umwami abayoboye. Icyubahiro kibe icy’Uwiteka.
Babibona mu buryo bumwe natwe tukabibona mu bundi buryo ibyo ntacyo bitwaye. Nsinshobora kubibona mu buryo bwabo nabo ntibabibona mu buryo bwanjye. Kuri njye, hariho inzira nyinshi Imana yatanze, ariko hariho INZIRA IMWE GUSA ITUNGANYE, KANDI KURI NJYE, IYO NI UGUKANDAHO BIKAVUGA.
Ndasenga ngo ntaza kumvwa nabi hano. Kurambikaho ibiganza no gusengera abantu bihuye n’Ijambo 100%. Gusiga abantu amavuta no gusengera abarwayi ni Ijambo ry’imana bikurikije Ibyanditswe. Mwene Data Branham yaratubwirije kandi atwigisha ko byombi kuri twe ari Ijambo. Ariko ndashaka INZIRA ITUNGANYE YATANZWE N’IMANA… IZERE GUSA KUKO ARIKO IMANA YAVUZE. Icyo nicyo ndimo mpangana ngo nkore.
Ariko noneho kubijyanye no gukira indwara, ni imbabazi z’Imana ko We, “kubw’imibyimba Ye mwakize indwara.” Noneho, icya mbere Ijambo ni uko rivuga, ibyo bikwiriye kuba bihagije, ariko niba mutizeye mu Ijambo, noneho hari impano mu Itorero, nk’abantu basigiwe kumenya uburyo bwo kwigisha ibyo,abo bazabikugaragariza neza, niko biri, n’ukwizera ko kubyizera.
Nizera mu bukozi butanu. Nizera ko Imana yahamagaye abantu ngo baze babwirize kandi bigishe Ijambo. Ariko, nizera ko kumva Ijwi ry’Imana ku makasete ari INZIRA Y’Imana ITUNGANYE KURI NJYE.
Numva amakasete, ntabwo nkeneye gusobanukirwa, NIZERA GUSA BURI JAMBO NUMVA. Nta muntu, nta mubwiriza, nta handi hantu nashobora kujya aho nshobora kwizera BURI JAMBO maze ngo mpashingire aho ngiye h’Iteka, uretse ku makasete.
Ntibyigeze bibaho mbere guhera mu itangira ry’igihe aho Imana yigeze iha abantu Bayo amahirwe n’ubushobozi bwo kumva ubwabo Ijwi Ryayo rivuga umunwa ku gutwi. Ubwiru bwose burahishurwa ku makasete. Buri kibazo kirasubizwa ku makasete. Buri kintu cyose Umugeni akeneye kugira ngo atungane kiri ku makasete.
Buri jambo ryavuzwe ku makasete ni Ijambo ry’Imana. Nshobora kutabisobanukirwa cyangwa ngo mbe ntashobora gusobanura buri kintu, ndetse ntabwo nkwiriye kubikora. Icyo Insaba ni ukuvuga AMENA KURI BURI JAMBO, kandi ku MAKASETE niho hantu HONYINE nshobora gukora ibyo.
Ariko igihe… igihe bigusaba gufata ikintu gitandukanye, igihe bigusaba guhagarara kucyo wemera ko ari cyo Kuri, aho niho hari igice kigoye; aho niho gukubwa biza, aho nyine.
Nizera hamwe n’ibindimo byose ko turi mu bushake butunganye bw’Imana kandi turi mu nkuge tugana I Nineve. Nakwifuje ko isi iza ikajyana natwe mu nkuge yacu kuri iki Cyumweru I Saa Sita z’Amanywa. Ku isaha y’I Jeffersonvile, mu gihe twumva Imana ivugana n’Abana b’Intama Bayo.
Mwene Data Joseph Branham
Ubutumwa:65-0217 “Umuntu uhunga mu Maso y’Uwiteka”
Ibyanditswe byo gusoma:
Yona 1:1-3 Ijambo ry’Uwiteka ryaje kuri Yona mwene Amitayi riramubwira riti Haguruka ujye i Nineve wa murwa munini, uwuburire kuko ibyaha byabo birundanije bikagera imbere yanjye. Ariko Yona arahaguruka ngo acikire i Tarushishi, ahunge Uwiteka. Amanukana i Yopa abona inkuge ijya i Tarushishi, maze atanga ihoro, ajya mu nkuge ngo ajyane n’abandi i Tarushishi, ahunge Uwiteka.
Malaki 4 Dore hazaba umunsi utwika nk’itanura ry’umuriro, abibone bose n’inkozi z’ibibi zose bazaba ibishingwe, maze habe umunsi uzabatwika bashire, ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga, ntuzabasigira umuzi cyangwa ishami. Ariko mwebweho abubaha izina ryanjye, Izuba ryo gukiranuka rizabarasira rifite gukiza mu mababa yaryo, maze muzasohoka mukinagire nk’inyana zo mu kiraro. Kandi muzaribatira abanyabyaha hasi, bazaba ivu munsi y’ibirenge byanyu ku munsi nzabikoreraho. Ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga. Nimwibuke amategeko y’umugaragu wanjye Mose, ayo namutegekeye i Horebu yari ay’Abisirayeli bose, yari amategeko n’amateka. Dore nzaboherereza umuhanuzi Eliya, umunsi w’Uwiteka ukomeye kandi uteye ubwoba utaragera. Uwo ni we uzasanganya imitima ya ba se ku bana n’imitima y’abana ku ya ba se, kugira ngo ntazaza kurimbuza isi umuvumo.
Yohana 14:12 Ni ukuri, ni ukuri, ndababwira yuko unyizera, imirimo nkora na we azayikora ndetse azakora n’iyiruta, kuko njya kwa Data.
Luka 17:30 Ni na ko bizamera umunsi Umwana w’umuntu azabonekeraho.
Hariho ahantu HAMWE honyine hahamirijwe aho mushobora kumva Uwiteka avuga anyuriye muri marayika We maze Akababwira ngo, “Igihe cyose mwibuke ko, muri abana b’Imana, Umuryango w’Ubwami kandi mufite Amaraso ya Cyami. Nta Maraso meza mu isi aruta ayanyu. Muri abana banjye, bakwirakwiye hirya no hino mu isi, abo nabyariye Kristo.”
Turi Umuryango wa Cyami w’Imana ufite Amaraso ya Cyami atembera mu mitsi yacu. Abana babyariwe Kristo binyuze mu Ijwi ry’Imana rivuga rinyuze mu muhanuzi Wayo ukomeye. Ntarindi ryarusha iryo kuba ryiza nshuti zanjye.
Mwene Data Branham, ese Umugeni akeneye kwimukira I Jeffersonville cyangwa muri Arizona kugira ngo abe mu Izamurwa?
Hazaba hari babiri baryamye mu buriri bumwe; nzajyana umwe maze ndeke undi; kandi babiri bazaba bari mu murima, nzajyana umwe maze ndeke undi.” Murabona? Uko niko ahari… Aho hose ku isi, ntabwo bashobora kuba ahantu hamwe ngo bahuze ibintu byose. Ariko iryo tsinda rito rizaba riri ahantu hose ku isi.
Rero mu mubiri, ntabwo tuzaba turi ahantu hamwe icyarimwe. Ariko icyubahiro kibe icy’Imana, Yaridufitiye umugambi ukomeye kurutaho wo guhuriza hamwe Umugeni Wayo.
Turasengera insengero zose n’amateraniro ateranye, ahantu hose impande y’indangururamajwi ntoya, kuva muri iyi Leta kugera ku Gice cy’Uburengerazuba, aho mu misozi y’Arizona, mu bibaya bya Texas, kugera ku Gice cy’Iburasirazuba, mu gihugu hose, Mwami, aho bateraniye. Dufite amasaha atandukanye nk’uko turi mu gihe, ariko Mwami, duteranye uyu mugoroba nk’abantu bunze ubumwe, nk’abizera bategereje kuza kwa Mesiya.
Uyu munsi, ntabwo Arimo guhuriza hamwe gusa Umugeni We uturutse hirya no hino muri iki gihugu, ahubwo arimo kuduhuriza hamwe TWEBWE duturutse ku migabane 7 y’isi. Kuva muri Afrika kugera muri Antarktika. Mu Majyaruguru y’Amerika no mu Majyepfo y’Amerika, Muri Aziya, Muri Australia no mu Burayi. Arimo arahuriza hamwe kandi Akunga Umugeni We nk’ITSINDA RIMWE kugira ngo twumve Ijwi ry’imana.
Yatubwiye ko tugomba kujya ku rusengero; habe n’aho babwiriza igice cy’Ijambo, KUGEZA ubwo tuzashobora kubona itorero aho bigisha IJAMBO RYOSE RYUZUYE. Icyubahiro kibe icy’Uwiteka Umugeni yabonye aho hantu ubu, Ijwi ry’Imana ku Makasete ni IJAMBO RYOSE.
Waba uri mu mu Itorero ryawe ryo Murugo ry’Amakasete, itorero ryanyu aho imiryango myinshi iteranira, cyangwa mu karuri aho mu ishyamba ryo muri Amazon cyangwa muri Afurika aho ushobora Gukandaho Bikavuga kugira ngo wumve Ijwi ry’Imana rivugana nawe umunwa ku gutwi, uzaba uri mu ITORERO RY’IJAMBO RYOSE.
Twabonye rya torero ry’Ijambo Ryose kandi turagutumira kugira ngo wiyunge natwe kuri iki Cyumweru I Saa Sita z’Amanywa., ku isaha y’Ijeffersonville, mu gihe twumva: Ibibazo n’Ibisubizo #4 64-0830E.
Noneho, nagerageje uko nshoboye kugira ngo – kugira ngo – kugira ngo mbahugure kandi mbayobore nk’uko umubyeyi yakayoboye abana be. Muri abana banjye. Nababyaye muri Kristo kubw’ubu butumwa bwiza mbwiriza. Murabona? Kandi njyewe – njye nifuza ko mukura rwose kugeza aho muhindutse abana bashyitse k’uburyo bwuzuye, cyangwa ahubwo – cyangwa ahubwo abana. Kandi nifuza kubamurikira Kristo uwo munsi, nk’uko Pawulo yavugaga, ko ari “ Umwari udafite inenge.” Ntakintu muri iri Jambo umutima wanyu utabasha kuvugira “Amina.”
Imana, ivuga inyuriye muri marayika Wayo ukomeye, irimo iraduha icyerekezo kandi ikatuyobora, Twe Umugeni wa Yesu Kristo. Turi abana be bakuze, umwari utanduye. Kandi binyuze mu buntu butangaje Bwayo, dusubiza na AMEN Kuri buri Jambo twumva! Ni ubusobanuro butunganye bw’Ijambo hamwe no guhamya kw’Imana!
· Niba Ijwi twumva ku makasete ari: Ubusobanuro bwuzuye bw’Ijambo, ni iki kindi Umugeni wa Yesu Kristo akeneye?… NTAKINDI!
Yaradutoranije, ikiganza Cye cyatoranije itsinda rito, kugira ngo abe ariryo rigira Guhishurirwa kw’Ijambo kubw’igihe cyacu. Nitwe yatoranije ngo tube aha ku isi, mu mibiri y’abantu, aho mungoma y’imyaka igihumbi.
Turi maso buri munota na buri munsi kandi dutegereje icyo gihe gihawe ubwiza. Biratwegereye cyane bisa nkaho dushobora kubikoraho. Ndizeye, n’umutima wanjye wose, iki nicyo kiri kutubaho uyu munsi:
oh, ubu bumwe bw’umwuka bwa Kirisito n’Itorero rye, noneho, igihe Umubiri uhindutse Ijambo, kandi Ijambo rihindutse umubiri, rigaragajwe, rihamirijwe. Neza neza ibyo Bibiliya yatangaje kubw’uyu munsi, ni byo bibaho, umunsi ku munsi. Rero ibi birimo birirundanya cyane vuba, hariya mu butayu, kandi ibintu birimo kubaho, ku buryo nta nabasha gukomeza. Twegereje kugaruka kwa Yesu, Ugomba kuba umwe n’Itorero, igihe Ijambo rihindutse Ijambo. Uguhamagara k’Umwuka Wera, urondora imitima!
Hamwe na buri Butumwa twumva, niko Irushaho kuduha Guhishurirwa. Birimo kwiyongera mu buryo bubangutse kuburyo tutashobora kureka gukomeza. Turimo turabona Ijambo rihinduka Ijambo kuruta uko byigeze biba mbere. Nta gacu na gato ko gushidikanya; kubwo Guhishurirwa, TUZI neza abo turibo.
Arimo arunga Umugeni We nkuko Yavuze ko Azabikora, kandi turi igice Cye. Turimo turabibona bibaho hamwe n’amaso yacu ubwacu. Abandi bashobora kutabibona cyangwa ngo babisobanukirwe. Ntabwo ari ibyabo, NI IBYACU, ABANA BE YIBYARIYE.
Umugeni yarafite ibibazo byo kubaza umuhanuzi.
Ese birahagije kumva GUSA Ijwi ry’Imana riri ku makasete? Imana yarasubije maze iravuga ngo: YEGO!!
Ese abana bacu nabo bashobora kubona ibyo bakeneye byose kugira ngo babe Umugeni wa Kristo kubwo kumva gusa amakasete: YEGO!!
Rero, ibyo Umugeni akeneye byose biri KU MAKASETE.
Turabizi kandi ko Imana yatanze izindi nzira nyinshi kubw’abana Bayo.
“Kubw’imibyimba Ye mwarakize.” Noneho, icya mbere niko Ijambo ryavuze, ibyo bikwiriye kuba bihagije, ariko niba mudashobora kwizera Ijambo, nicyo gituma hari impano mu Rusengero, mwene abo bantu basigiwe kumenya uburyo bagomba kwigisha ibyo, bakabikugaragariza neza, uko biri, no kwizera ko kubyizera.
Ndashaka kugutumira kuza kwiyunga n’Ingando ya Branham kuri iki Cyumweru I saa sita z’amanywa ku isaha y’I Jeffersonville, mu gihe twumva: Ibibazo n’Ibisubizo #3 64-0830M.
Mbega uburyo bitangaje kugira Guhishurirwa kw’Ijambo Ryayo no kumenya ko turi Ijambo ryambaye umubiri.
Aho Umubiri uri, aho niho Umugeni ateranira. Kandi kuri twe, hariho ahantu hamwe gusa hatunganye dushobora kubona inyama ya Manu ikiri nshya: binyuze mu gukandaho bikavuga no kumva Ijwi ry’Imana riri ku makasete.
Tuvuge kuri Manu NSHYA, ese twanashobora gutangira gutekereza kucyo turimo gukozaho imitwe y’intoki? Iryo Jwi ry’Imana nyirizina rivugana n’Umugeni mukundwa kuri kasete, aho hatari gukekeranya, nta gukangarana, nta kwibaza ibibazo habe no gushidikanya icyo turimo kumva ni Imana, ikoresha ijwi ry’umuntu, ngo rivuge Uku Niko Uwiteka Avuze ku Mugeni Wayo.
Kubwo guhishurirwa, twizera ko ariho hantu HONYINE dushobora kujya maze tukaruhura ubugingo bwacu kubera ko Amagambo twumva ntabwo ari ijambo ry’umuntu, habe no kuba ari ubusobanuro bwe cyangwa igitekerezo cyongewe kuri Ryo, ahubwo ni Ijambo ry’Imana ry’ukuri rivugana n’ibizu bito, rihishura Ijambo Ryayo.
·Ni iki Yesu yashakaga kuvuga muri Matayo 12, umurongo 32 ?
·Turakwinginze dusobanurire Abakorinto ba mbere 12:8-12
· Ese abagore bakwiriye kujya gukora mu kazi rusange mu gihe bafite abagabo bazima n’abana?
· Ese ni bibi ko umugore aboha imisatsi ye?
Imana yatanze inzira nyinshi kugira ihe umugisha kandi ikomeze Umugeni Wayo, ariko hariho ahantu hamwe honyine Yatanze aho Umugeni Wayo ashobora kugirira icyizere 100% icyo bumva ko ari IJAMBO RITUNGANYE RYAYO. Isoko Imwe y’Amazi y’Ubugingo aho Ibizu bito bishobora kunywera ahantu hatari n’uburyo na buto bushoboka bwo kuba yakandura. GUKANDAHO BIKAVUGA.
Ndagutumira kugira ngo uze kunywa kuri iyo Soko kuri iki Cyumweru I Saa Sita z’Amanywa, ku isaha y’I Jeffersonville, aho tuza kumva 64-0823E “Ibibazo N’Ibisubizo #2.”
Ndamukije Umugeni wa Yesu Kristo hirya no hino ku isi, wizera ko Ingando ya Branham, Ijwi ry’Imana, ari itorero ryabo aho bagaburirwa Manu yahishwe mu buryo bw’umwuka iyo yahunitswe kandi ikabikirwa Umugeni wa Kristo.
Aha niho mu rugo; aha niho mfite ubuyobozi; aha niho dutuye. Noneho, ibyo mubifate mu mutwe icyaba cyose. Noneho niba muri abanyabwenge, muzabonamo ikintu. Icyaba cyose, aha niho buyobozi bwacu, aha nyine.
Abizera benshi igihe cyose bagiye basobanukirwa nabi cyangwa bakongeramo ibitekerezo byabo cyangwa ubusobanuro kucyo umuhanuzi yavuze hano, “Niba uri umunyabwenge, hari icyo uribukuremo, Aha niho buyobozi bwacu bukuru, ahangaha !”
Ese ni iki yashakaga gusobanura kuri ibyo?
Igihe Mwene Data Branham yari hano, benshi bamusobanukiwe nabi kandi batekereje ko Umugeni agomba kujya muri Arizona maze bakamukurikira hariya, kugira ngo bajye mu Izamurwa. Mwene Data Branham yabasubije mu buryo bweruye: MUGUME HANO, AHA NIHO HANTU.
Abantu baturukaga impande zose muri Leta Zunze Ubumwe bakajya muri Arizona, ariko yababwiye mu buryo bweruye ngo, Mugume hano, aha niho hantu!
Mugume muri Jeffersonville? Icyo nicyo yavuze!
Ihishurirwa Ryanjye, ni uko yari Imana, ivugira mu muhanuzi Wayo kandi ikavugana n’abantu ngo, “MUGUMANE N’AMAKASETE.” Aha niho HANTU !
Yari ababaye cyane kandi aravuga ngo hari ikintu afite icyo gukorana n’abo bantu bose. Ese ni iki yari akwiriye gukora? Ni irihe torero yajyaga kuboherezamo? Ese nihe bagombaga kujya? Ese ni iki Mwene Data Branham yavuze ko yagombaga gukora?
Uko niko noneho, ngomba kugarura abana hano kugira ngo babone icyo barya. Bari hariya hepfo aho barimo kwicirwa n’inzara.
Ntabwo yavuze ko bari bakeneye kujya mu nsengero zo mu gace ngo barye utwo tuvungukira duto bajyaga kubagaburira. Yavuze ko agomba KUBAGARURA HANO kubwo kugira ngo babone icyo kurya, naho ubundi bajyaga kwicwa n’inzara kugeza bapfuye.
GUHISHURIRWA KWANJYE, NSHUTI.
Noneho, atari ukongera kumusobanukirwa nabi indi nshuro, cyangwa ngo tuvuge icyo atavuze, kubwo kuvuga ngo, “Mwene Data Branham yashakaga ko buri mwizera ajya I Jeffersonville kugira ngo abe Umugeni.” Mwene Data Branham yari azi abantu bose, na BURI mwizera uturutse hiryo no hino ku isi, ntiyashoboraga kwimuka kandi ngo abe i Jeffersonville. Ibyo byari ibidashoboka. Nonese ni iki yashakaga kuvuga? Yarimo YUNGA Umugeni wa Kristo wo hirya no hino ku MAKASETE ayo yafashwe maze agahunikwa kubw’Umugeni kugira ngo abe ariyo amutunga.
Ubu Butumwa, Iri Jwi, ni Ijambo ry’Imana rivuzwe kubw’uyu munsi kandi rizunga ndetse ritunganye Umugeni wa Yesu Kristo.
umubiri ni iki? umubiri ni icyo ibizu birya. Noneho, ikizu muri Bibiliya gifatwa, nk’umuhanuzi. Umuhanuzi ni ikizu. Imana… Imana yiyita Ubwayo ikizu, kandi twe turi “ibizu bito” noneho, abizera. Murabona? Kandi uwo mubiri birya ni iki? Ni Ijambo. Aho Ijambo riri, imiterere nyakuri y’inyoni izigaragaza ubwayo.
Ni he hari ibitunganye, bihamirijwe, bitarimo urujijo, bikaba ari Ijambo ry’Uku Niko Uwiteka Avuze kubw’uyu munsi? Hariho ahantu hamwe gusa, Ku Makasete.
Nakomeza kuvuga, umurongo ku wundi, ariko ubu Butumwa n’icyo Mwene Data Branham yavuze bizana Guhishurirwa kuvuye ku Mana. Tugomba gusoma hagati mu mirongo binyuze mu guhishurirwa, ariko muvuge gusa icyo yavuze. Kubera ko ni IJAMBO RITUNGANYE.
Ibibazo n’Ibisubizo kubw uyu munsi n’icyo NIZERA.
Uyu munsi, ababwiriza benshi baravuga ngo abantu kubwo kugira Ingo zabo Insengero Z’Amakasete bahabanye n’Ijambo kandi icyo Mwene Data Branham yavuze ko tugomba gukora. Bumva ko tugomba kujya mucyo bita kandi babara ko ari itorero.
Nyakuri hariho imirongo myinshi, imirongo myinshi aho Mwene Data Branham yavuze mu buryo bweruye kuri ibi.
Rero ntabwo ari ukubyumva nabi. NTABWO NDIMO MVUGA KO mugomba gukurikira amakasete ku murongo hamwe n’Ingando ya Branham kugira ngo mube muri Umugeni. NTABWO NDIMO MVUGA ko utagomba kujya ku rusengero. NTABWO NDIMO MVUGA KO udashobora kumva ababwiriza. Niba ubyizeye utyo uhabanye n’Ijambo. Ndimo ndavuga ko kumva Ijwi ry’Imana ku makasete ari Ijwi ry’ingenzi TUGOMBA KUMVA, kandi nizera ko buri mupasteri agomba gucuranga Ijwi, amakasete, mu rusengero rwe. Ariko bashyizeho urwitwazo rw’IMPAMVU BADACURANGA AMAKASETE. Niba iryo ariryo torero ryawe, ntabwo urimo ugaburirwa Ijambo.
Icyo nicyo nyakuri atashakaga ko kibaho kandi nicyo abantu bakoraga..
Kandi mujye ku rusengero; ntimukagume mu rugo, ngo mujye kuroba, no guhiga, n’ibintu nk’ibyo Kucyumweru
Ntabwo twe tubikora. Duteranira hamwe ku kintu cyonyine kizunga Umugeni, Ubu Butumwa, Iri Jwi.
Nongere mbivuge, nizera mu kujya ku rusengero. Hariho insengero nyinshi hirya no hino ku isi zishyira amakasete ku mwanya wa mbere ku gicaniro cyabo, icyubahiro kibe icy’Uwiteka. Ese naba nizera ko mukwiye kuguma mu ngo zanyu cyangwa mukaba mutari Umugeni? OYA, OYA, OYA… Ntabwo nigeze mbitekereza, ntabwo nigeze mbyizera. Ndashaka ko gusa MUKANDAHO BIKAVUGA aho mwaba muri hose ntacyo bitwaye cyangwa itorero mwaba mujyamo.
Niba udafite Guhishurirwa kw”icyo arimo kuvuga, noneho ukwiriye kuvuga mu buryo bweruye ngo, “Ntabwo numva Mwene Data Branham habe no KWEMERANYA n’ibyo avuga byose. Ni nako yavuze, hariho abandi bantu benshi Imana yahamagaye.”
Muzajyeyo. Tubonye hano avuga ati, “Ese dukwiriye kujya mu itorero ritemeranya na we?” Nibyo, ntabwo ari njye kabuye konyine kari ku nkombe y’inyanja, murabizi. Hari… hari abandi bantu b’Imana ahantu hose; nibwira ko ndi umwe muri bo.
Ijwi ry’Imana ku makasete ni AKABUYENGE GATO, URUTARE RWANJYE. Ni Ijwi nshaka kumva kandi ni Ijwi nshaka ko Branham Tabernacle yumva.
Niba mwifuza kwiyunga natwe, muhawe ikaze bikomeye, bene Data na Bashiki bacu. Mwiyunge natwe kuri Iki Cyumweru Saa Sita z’Amanywa ku isaha y’I Jeffersonvile, mu gihe twumva Ijwi ry’Imana rivuga kandi risubiza ibisuzo byinshi mushobora kuba mufite mu mitima yanyu. Kandi wiyumvire ubwawe niba ibintu navuze muri uru rwandiko bihabanye n’Ijambo kandi nkaba narumvishe nabi icyo Imana irimo kuvuga ku Mugeni Wayo.
Icyo yavuze ku makasete ni Uku Niko Uwiteka Avuze. Ntabwo ari icyo ndimo mvuga ko yavuze, cyangwa icyo nizera ko yavuze, kandi Imana YONYINE niyo ishobora kuguha Guhishurirwa k’ukuri.
Ndagukunda cyane. Uri akara ko mu mara Yanjye, n’akagufa ko mu magufa Yanjye. Ndetse mbere y’uko ndema inyenyeri, ukwezi, isanzure Ryanjye ryose, Narakubonye hanyuma Ndagukunda. Namenye ko wari igice Cyanjye, Umukunzi wanjye umwe rukumbi. Wowe na Njye twari UMWE.
Nifuzaga kukubwira ko, utakijijwe umunsi runaka. Wari ukijijwe igihe cyose. Naraje gusa kugira ngo gucungure nkugarure. Wari ukijijwe guhera mu itangira kubera ko wari ufite Ubugingo Buhoraho guhera na mbere. Kubw’ibyo, mu maso Yanjye, ibyaha byawe nta nubwo Nshobora kubibona, ikintu cyonyine numva ni ijwi ryawe. Ndeba gusa uguhagarariye.
Mbega uburyo Nifuje cyane kukubwira ibintu byinshi. Umutima wanjye wuzuye umunezero hamwe no gutangara. Mbega uburyo nkumbuye Ibirori byacu by’Ubukwe, Ingoma Yacu y’Imyaka igihumbi turi hamwe. Kugira ngo nkubwire mu magambo arambuye kubijyanye n’Urugo Rwacu rw’ejo hazaza turi hamwe; mbega uburyo nateguye buri kintu kubwawe, buri kintu cyose ni mu buryo bukunogeye.
Mukunzi Wanjye, niba utekereza ko ari ibintu bitangaje kumva Ijwi Ryanjye rivugana nawe, tegereza gato, iki ni agacu gusa k’uburyo bizaba bimeze igihe tuzaba turihamwe muri uriya Mugi. Umuhanuzi wawe azaba atuye hafi y’iwawe; azaba ari umuturanyi wawe.
Tuzagendana muri iyo mihanda y’izahabu ndetse tunywe ku isoko hamwe. Tuzagendana muri paradizo y’Imana hamwe n’Abamarayika tugenda hejuru y’isi, turirimba indirimo z’icyubahiro… Mbega ukuntu uzaba ari Umunsi mwiza! Ndabizi ko inzira isa n’igoye, kandi rimwe na rimwe ijya ikomera kurushaho kuri wowe,ariko izoroha, kandi irusheho koroha, igihe Turi hamwe.
Kuri ubu, Ngiye kubahuriza hamwe indi nshuro maze mvugane namwe kuri iki Cyumweru I Saa Sita z’Amanywa. Ku isaha y’I Jeffersonville, maze mbabwire byose kubijyanye “N’Urugo Rw’Ahazaza Rw’Umukwe Wo Mu Ijuru N’Umugeni Wo Ku Isi”. Nkumbuye cyane icyo gihe tuziyunga hamwe.
Yesaya Igice cya 4 Uwo munsi abagore barindwi bazajya ku mugabo umwe bamubwire bati “Tuzitungirwa n’ibyokurya byacu kandi tuzajya twiyambika ubwacu, ariko uduhe kwitirirwa izina ryawe udukize urubwa rw’abantu.” Uwo munsi ishami ry’Uwiteka rizaba ryiza rifite icyubahiro. Abisirayeli bazarokoka, imyaka yo mu gihugu izabaryohera cyane ibabere myiza. Maze uzasigara i Siyoni n’i Yerusalemu wese, yanditswe mu bazima b’i Yerusalemu, azitwe uwera. Ubwo ngubwo Uwiteka azaba yuhagiye imyanda y’abakobwa b’i Siyoni ayimazeho, kandi azaba amaze amaraso muri Yerusalemu, ayamarishijemo umwuka ukiranuka n’umwuka wotsa. Kandi hejuru y’ubuturo bwose bwo ku musozi wa Siyoni no ku materaniro yaho, Uwiteka azaharemeraho igicu n’umwotsi ku manywa n’umuriro waka ukamurika nijoro. Maze hejuru y’ibyubahwa byose hazabeho igitwikirizo. Kandi ku manywa hazabaho ihema ryo kuzana igicucu ku bw’icyokere, ribe ubuhungiro n’ubwugamo bw’ishuheri n’imvura.
Yesaya 28:10 Kuko ibye ari ugutoza itegeko rikurikirwa n’irindi, itegeko ku itegeko, umurongo ku murongo, n’umurongo ku murongo, aha bikeya, hariya bikeya.