All posts by admin5

Pasika 2026 – Igaburo Ridasanzwe n’Amateraniro yo Kozanya Ibirenge

Bakundwa Nshuti Benegihugu B’Ubwami,

Iyi Pasika yasezeranwe kuba Pasika ikomeye kurusha izindi Umugeni yigeze agira. Twagumye imbere y’Umwana, turakomera, tumenya abo turibo. Kuzura kwa Yesu Kristo kurimo kuragaraga muri buri umw’umwe wese muri twe mu Ijambo Rye, Ijwi Rye, ririmo rirangurura, Ikizu ku kizu, riduhamagara kujya mu Birori by’Ubukwe Bwacu.

Buri mwaka muri iki gihe Umugeni aba ategerezanyije amatsiko kuza kw’impera y’icyumweru ya Pasika. Umwanya ubwo aduteraniriza hamwe duturutse hirya no hino ku isi mu minsi ine ikurikiranye, tumuhimbaza, tumushimira, tumuramya; kubera ko Yaduhagurukije kandi akaba aba muri buri wese muri twe. Umukwe n’Umugeni barimo barahinduka UMWE.

Arimo araduha iki gihe kidasanzwe kugira ngo dukingiranire hanze ibintu byose by’isi bituzengurutse hanyuma tumarane igihe hamwe na We. Nta birangaza by’isi, mu gihe turimo turema isi yacu hamwe na We. Dukinga imiryango yacu, tukazimya ibyuma byacu by’ikoranabuhanga n’ikindi kintu cyose kirangaza kitujyana kure Ye.

Icyifuzo gikomeye buri wese muri twe afite ni ukumwegera kurushaho. Turashaka kubaho ubuzima bumwiyeguriye kurashaho; kugira ngo turusheho igihe cyose kubaho mu bushake Bwe butunganye. Tukaba twiteguye Kuza Kwe. Nta kintu gihari muri iyi si, cyangwa mu buzima bwacu, cyaba icya gaciro kurusha ibi.

Yaduhaye amahirwe akomeye yo kugira ngo tumarane igihe hamwe na We, kugira ngo tuganire kandi tumutekerezeho. Kugira ngo twinjire mu bwiza Bwe maze dufungurire imitima yacu kuri We. BIRABA ARI UGUHINDURA UBUZIMA KU MUGENI WE!

Arabizi ko bishobora kuba bigoye kuri bamwe muri mwe mufite abana, imiryango, n’izindi nshingano dufite, ariko nituramuka dukoresheje buri sogonda ryose tubonye ngo tuvugane na We, tumwegere kurushaho, dufungurire imitima yacu kuri We, haraza kubaho impinduka zikomeye mu migendere yacu hamwe na We, kugeza ubwo tuza kuba tutakiri uko twari turi.

Nkuko Yabikoze mu gihe cya Mose igihe Yajyanaga abana Be mu mazu yaho, amaraso yarasizwe kandi barimo bitegura ubwabo kubwo Gusohoka; rero uko niko iyi mpera y’icyumweru ya Pasika idasanzwe Yateguwe kuba kuri buri wese wo muri twe.

[Gahunda Yacu iraza kuba muri ubu buryo:]

KUWA KANE

Hari Kuwa Kane nijoro ubwo Umwami Yesu yafashe Ifunguro Rya Nyuma hamwe n’abagishwa Be, mu kwibuka Pasika mbere yo gusohoka kw’abana b’Isiraheri. Mbega amahirwe dufite gusabana hamwe n’Umwami mu mazu yacu, mbere y’impera y’icyumweru yacu ihawe umugisha, ndetse tukamusaba kutubabarira ibyaha byacu, kandi akaduha ibyo dukeneye byose mu rugendo rwacu.

Data wo Mu ijuru, turanezerewe kubw’ibi, ikindi gihe cyo guteranira hamwe, kuri uruhande rw’Iteka. Kandi dutegereje iki gitondo kubwo kuvugururwa kw’imbaraga  zije ziturutse kuri Wowe, kudutera umwete kubw’urugendo rudutegereje. Turateranye nk’uko abana b’Abaheburayo babikoze muri ibyo bitondo kare, kugira ngo bakire manu yabaga yatanzwe kubwabo mu ijoro, kugira ngira ngo ibongerere imbaraga mu munsi ukurikiyeho. Turateranye kubwa Manu y’umwuka, iki gitondo, duhe imbaraga kubw’urugendo.

Reka duteranire hamwe twese ku isaha ya Saa Kumi n’Ebyiri z’umugoroba ku masaha y’iwanyu kugira ngo twumve Ubusabane 62-0204, kandi noneho umuhanuzi aratwinjiza mu materaniro yacu y’Ubusabane budasanzwe no Kozanya Ibirenge ku musozo w’iyi kasete, ariyo iraza kuba icurangwa kuri Lifeline app (mu cyongereza), cyangwa mushobora kumanura amateraniro mu Cyongereza cyangwa mu zindi ndimi kubwo gukanda ku murongo uri munsi.

KUWA GATANU

Reka twinjire mu masengesho hamwe n’imiryango yacu I saa  Tatu za mugitondo, kandi nyuma nanone I Saa Sita z’amanywa, dutumire Umwami kuba hamwe natwe kandi yuzuze ingo zacu Umwuka Wera mugihe tumwiyegurira ubwacu.

Reka ibitekerezo byacu bigaruke kuri wa munsi I Karuvari mu myaka 2000 ishize, kandi turebe Umukiza wacu amanitse ku musaraba. Reka twibuke igiciro gikomeye Yishyuye kubwacu. Yari Umwana w’Imana utagira icyaha, ariko yagombye kubabara kurusha uko undi muntu wese yaba yarigeze ababara, kubera ibicumuro byacu byari bishyizwe kuri We.

Yagombye kumwohereza ikuzimu aciriweho iteka (murabona?), kubera ko yatwaye ibicumuro byacu. Kandi Kristo yapfuye, atari nk’umukiranutsi, Kristo yapfuye nk’umunyabyaha. Murabona? Kristo Ubwe ntiyigeze akora icyaha, ariko Yishyizeho ibicumuro byacu Ubwe.

Hanyuma Saa Sita n’Igice z’Amanywa, reka tujye hamwe mu ngo zacu kugira ngo twumve 57-0419 Gutungana.

Noneho reka tuze kongera kujya hamwe mu masengesho ako kanya nyuma y’amateraniro, mu kwibuka kubambwa k’Umwami wacu.

KUWA GATANDATU

Reka twongere tujye hamwe indi nshuro twese mu masengesho I Saa Tatu za mugitondo na Saa Sita z’Amanywa, maze dutegure imitima yacu kubw’ibintu bikomeye Aribukore kubwacu hagati muri twe.

Nshobora kumwumva Avuga ati: “Satani, ngwino hano!” Ubu ni Shebuja. Ahageze afata urufunguzo rw’urupfu n’ukuzimu, arushyira ku mushumi we. Ati “Ndashaka kukumenyesha ko. Wabaye kadahumeka igihe kirekire bihagije. Ndi Umwana wavutse ku isugi w’Imana nzima. Amaraso yanjye aracyatose ku musaraba, kandi umwenda wose warishyuwe! Nta burenganzira ugifite. Uranyazwe. Mpa izo mfunguzo!”

Hanyuma Saa Sita n’Igice z’Amanywa, turaza kujya hamwe twese kugira ngo twumve Ijambo: 57-0420 Gushyingurwa.

Mbega ukuntu uyu uza kuba UMUNSI UTAZIBAGIRANA ku Mugeni We hirya no hino ku isi.

Rero reka tujye hamwe twese mu masengesho ako kanya nyuma y’amateraniro.

KUCYUMWERU

Reka mbere yabyose tubyuke kare nkuko Mwene Data Branham yabikoze mu gihe iyi nshuti nto, ifundi, yamubyukije saa Kumi n’Imwe Za Mugitondo. Reka dushimire Uwiteka kubwo kuzura Yesu mu bapfuye:

Saa kumi n’imwe z’iki gitondo, agacuti kanjye k’ifundi (ifite agatorero k’umutuku) kahagaze ku idirishya ryanjye maze karankangura. Twajyaga kuvuga ko agatima kako kari kasabwe n’ibyishimo, kavuga kati: “Yazutse.”

I Saa Tatu Za Mugitondo reka tujye hamwe indi nshuro mu murongo w’amasengesho, dusengera buri umwe kuwundi kandi twitegura ubwacu kumva Ijwi ry’Imana.

I Saa Tatu n’Igice za Mugitondo, turajya hamwe kugira ngo twumve Ubutumwa bwa Pasika: 65-0418M Ni Ukurasa kw’Izuba.

I Saa Sita z’Amanywa turazamura amajwi yacu kuri We tumushimira kubw’Imbaraga Zizura.

I Saa Cyenda z’Igicamunsi, reka twongere tujye hamwe mu masengesho, tumushimira kubw’IMPERA Y’ICYUMWERU ITANGAJE YADUHAYE HAMWE NA WE KANDI HAMWE N’UMUGENI WE HIRYA NO HINO KU ISI.

Kuri bene Data na bashiki bacu bari hakurya y’inyanja, kimwe n’umwaka ushize, ndashaka kubatumira kugira ngo mwiyunge hamwe na twe ku isaha y’I Jeffersonville, twese hamwe mu bihe byo gusenga kuri iyi gahunda. Ndabona ko n’ubwo bimeze bityo, gukurikira Kasete Kuwa Kane, Kuwa Gatanu, no Kuwa Gatandatu nyuma ya Saa Sita ku I Saha y’I Jeffersonville bishobora kuza kugorana kuri benshi muri mwe, rero ndabasabye mwumve mubohotse muze kumva ubwo Butumwa ku isaha ibabereye. Ariko ndifuza ko twaza kujya hamwe twese kuri iki Cyumweru Saa Tatu za mu gitondo ku Isaha y’I Jeffersonvile, kugira ngo twumvire hamwe Ubutumwa Bwacu bwo Kucyumweru.

Ndifuza kandi kubatumira mwe n’abana banyu gukurikira Creations Projects (ibiganiro by’abana),  ibinyamakuru, n’uburyo bwo gutegura ifunguro, ibyo umuryango wose ubasha kwishimira. Turatekereza ko muza kubikunda kubera ko byose bishingiye ku IJAMBO  tuzumva muri iyi mpera y’icyumweru.

Kubijyanye na gahunda y’impera y’icyumweru, amakuru yo gutegura  amateraniro y’Igaburo, ibikoresho biza gukenerwa kubwa Creations projects (Ibiganiro by’abana), n’andi makuru, urareba ku mirongo iri munsi.

Reka tuzimye telephone zacu kubw’impera y’icyumweru ya Pasika uretse gusa gufata amafoto, gusoma Imirongo y’Umunsi, no gucuranga Kasete ku mirongo ya the Table, the Lifeline, cyagwna indi mirongo yo kumanuriraho.

Ni iby’icyubahiro cyane kuri njye kubatumira n’imiryango yanyu kuza hamwe n’Umugeni wo hirya no hino ku isi kubw’impera y’icyumweru yuzuye GUHIMBAZA, KURAMYA NO GUKIRA INDWARA. Ndabyizeye nyakuri ko ari impera y’icyumweru izaguhindura ubuzima bwawe by’iteka.

Mwene Data Joseph Branham

26-0329 Uyu Melikisedeki ninde?

Ubutumwa : 65-0221E Uyu Melikisedeki ninde?

BranhamTabernacle.org

Mukundwa Mugeni Bugingo Buhoraho

Ninde nyir’Ijwi rivugana natwe ku makasete?

Twashobora kumenya igisubizo kuri icyo kibazo binyuze mu Guhishurirwa kuvuye ku Mana. Umugeni Wayo wagenwe mbere wenyine niwe uzagira uko Guhishurirwa. Kubw’ibyo, tugomba gushaka mu Ijambo Ryayo kugira ngo dusobanukirwe uwo Avuga ko ariwe: Umusobanuzi wenyine w’Ijambo Ryayo. Uwo umena kandi agahishura Ibimenyetso Birindwi ni nde? Uwo ugomba guhishura amabanga yose ahishwe ya Bibiliya ninde? Ninde ugomba guhamagarira Umugeni We gusohoka kandi Akamuyobora? Ugomba kugira Ijwi ritibeshya ninde?

Dukurikije Ijambo, ntawundi utari Melikisedeki Ubwe. Umugabo udafite Se ntagire nyina, Uwo udafite itangiriro n’iherezo ry’iminsi. Imana, Yahindutse umubiri maze irya inyama n’umutsima w’ibigori, kandi inywa amata, ndetse ivugana n’Abrahamu. Yari umuntu ufite kamere imuranga, utuye mu mubiri w’umuntu.

Iryo Jambo rimwe ryavuze ko Melikisedeki, uwo Muntu, iyo kamere imuranga, Azongera abeho kandi yihishure Ubwe indi nshuro mu mubiri w’umuntu neza neza nkuko yabikoze kuri Abrahamu, noneho byabayeho indi nshuro muri Yesu Kristo, ariko uyu munsi, ni muri marayika Wayo wa karindwi intumwa yo mu Byahishuwe 10:7

Umwuka We wagombaga kwinjira byuzuye muri iriya ngando yo kw’isi kugira ngo Ashobore Ubwe kuvuga no kwihishurira Umugeni We. Imana Ubwayo iba kandi ikavugira mu mubiri w’umuntu. Imbuto Yayo ya mbere igaruwe kuburyo bwuzuye igeze kubukure bwuzuye. Umugambi wuzuye w’Imana warageze; Imana n’umuntu bari Umwe. Imana yarimo ivugana n’Umugeni Wayo umunwa ku gutwi nkuko Yabikoze kuri Abrahamu.

Yarinjiye kandi Itura mu Muntu witwa Melikisedeki. Hanyumaナ Ntitwongeye kumva bavuga Melikisedeki ukundi, kuko Yahindutse Yesu Kristo. Melikisedeki yari Umutambyi, ariko Yahindutse Yesu Kristo. Rero mwebwe ibyo mwabiciye iruhande, kubera ko we muri iyo shusho, Yari azi ibintu byose. Kandi mwe ntimurashobora kubimenya nanubu.

NANUBUナ!! Nonese twe turi bande?

Amaso yacu, igihagararo cyacu, icyo twaricyo cyose, twari mu bitekerezo ku itangira. Mbere y’uko habaho Marayika, inyenyeyeri, Abakerubi, cyangwa ikindi kintu cyose. Yarabitekereje, Irabivuga, kandi ngaha aho turi.

Ibi ni ukuba Itagira iherezo. Ntidushobora kubyumva mu bwenge bwacu, ariko Iyo ni Imana, Imana itagira iherezo.

Kubera ko twari muri We ku itangira, ni iki kitubaho nyuma y’uko ubu buzima bupfa bwa hano ku isi burangiye?

Kandi igihe iyi kanzu y’umubiri iguye, hari umubiri usanzwe, tewofaniya aho tujya, umubiri utarakozwe n’amaboko y’abantu kandi utarabyawe n’umugore. Hanyuma, uwo mubiri ugaruka gushaka umubiri w’ubwiza.

Mbega ibintu bitangaje biri mu bubiko kubw’Umugeni We. Murebe ibirimo kubaho ubungubu mu gihe Irimo Iduhishurira Ijambo Ryayo kuruta uko byigeze biba mbere. Ibwira Umugeni Wayo iby’urwandiko rw’urukundo! Mbega umunsi turi kubamo.

Dufite Guhishurirwa kandi tuziko ari Melikisedeki, Ijwi ry’imana rivugana natwe ku makasete. Dufite Guhishurirwa ko ari ubushake butunganye kandi bwatanzwe n’Imana kubw’uyu munsi. Kubw’ibyo, TUZI UWO ARIWE KANDI TUZIKO TURI UMUGENI WE.

Uko Guhishurirwa kugenda gukura umunsi kuwundi. Buri uko munsi utambutse urashaho kutuzanira umunezero uruseho, Guhishurirwa kuruseho. Umugeni arimo aritegura Ubwe binyuze mu kwicara imbere y’Ijwi Ryayo, mu gihe Atubwira Abo turibo, ni uburyo ki Adukunda, uburyo ki akumbuye cyane kubana Natwe!!!

Ngwino, witegure ubwawe Isasita z’amanywa ku isaha y’I Jeffersonville, kubw’ibigiye kubaho, mu gihe twumva Ijwi rya Melikisedeki.

Mwene Data Joseph Branham

Ubutumwa: 65-0221E “Uyu Melikisedeki ninde?”

Ibyanditswe byo gusoma:

Itangiriro igice cya 18
Uwiteka abonekera Aburahamu kuri bya biti byitwa imyeloni bya Mamure. Yari yicaye mu muryango w’ihema rye ku manywa y’ihangu,
yubura amaso abona abagabo batatu bahagaze imbere ye, ababonye ava mu muryango w’ihema arirukanka arabasanganira, yikubita hasi
aravuga ati “Databuja, niba nkugiriyeho umugisha, ndakwinginze we kunyura ku mugaragu wawe,
ahubwo bazane utuzi mwoge ibirenge muruhukire munsi y’igiti,
kandi nanjye mbazanire utwo kurya mwice isari, mubone kugenda ubwo muje ku mugaragu wanyu.” Baramusubiza bati “Ubigenze uko uvuze.”
Aburahamu arihuta yinjira mu ihema, asanga Sara aramubwira ati “Tunganya vuba indengo n’umucagate by’amafu meza, uvugemo imitsima.”
Aburahamu arirukanka ajya mu bushyo, azana ikimasa cyoroshye cyiza agiha umusongozi we, arihuta aragiteka.
Yenda amavuta n’amata n’inyama z’icyo kimasa yatetse abishyira imbere yabo, abahagarara iruhande munsi ya cya giti bararya.
Baramubaza bati “Sara umugore wawe ari he?” Arabasubiza ati “Ari mu ihema.”
Undi aramubwira ati “Iki gihe cy’umwaka nikigaruka, sinzabura kugaruka aho uri, Sara umugore wawe abyare umuhungu.” Sara abyumva ari mu muryango w’ihema uri inyuma ye.
Aburahamu na Sara bari bashaje, bageze mu za bukuru, kandi Sara ntiyari akijya mu mihango y’abakobwa.
Sara asekera mu mutima ati “Ko maze gukecura, nzanezerwa ntyo kandi umutware wanjye akaba ashaje?”
Uwiteka abaza Aburahamu ati “Ni iki gishekeje Sara, akibaza ati ‘Ni ukuri koko nzabyara, nkecuye?’
Hari ikinanira Uwiteka se? Mu gihe cyashyizweho, iki gihe cy’umwaka nikigaruka nzakugarukaho, Sara abyare umuhungu.”
Maze Sara arahakana ati “Sinsetse”, kuko yatinyaga. Aramusubiza ati “Oya, urasetse.”
Abo bagabo barahaguruka baragenda, berekeza amaso i Sodomu, Aburahamu arabaherekeza.
Uwiteka aribaza ati “Aburahamu namuhisha icyo ngiye gukora?
Kuko Aburahamu atazabura guhinduka ubwoko bukomeye bw’ubunyamaboko, kandi amahanga yose yo mu isi azaherwa umugisha muri we.
Kuko icyatumye mumenya, ari ukugira ngo ategeke abana be n’abo mu rugo rwe bazakurikiraho, gukomeza mu nzira y’Uwiteka, bakora ibyo gukiranuka baca imanza zitabera, kugira ngo Uwiteka azanire Aburahamu ibyo yamuvuzeho.”
Uwiteka aravuga ati “Ubwo gutaka kw’abarega i Sodomu n’i Gomora ari kwinshi, ibyaha byaho bigakabya cyane,
ndamanuka ndebe ko bakora ibihwanye rwose no gutaka kw’abaharega kwangezeho, kandi niba atari ko bimeze, ndabimenya.”
Abo bagabo barahindukira, bava aho bagenda berekeje i Sodomu, Aburahamu agihagaze imbere y’Uwiteka.
Aburahamu aramwegera aramubaza ati “Warimburana abakiranutsi n’abanyabyaha?
Ahari muri uwo mudugudu harimo abakiranutsi mirongo itanu. Waharimbura se ukanga kuhareka ku bw’abakiranutsi mirongo itanu bahari?
Ntibikaguturukeho kugira utyo, kurimburana abakiranutsi n’abanyabyaha, abakiranutsi bagahwana n’abanyabyaha kirakazira! Umucamanza w’abari mu isi bose ntiyakora ibyo kutabera.”
Uwiteka aramusubiza ati “Nimbona i Sodomu abakiranutsi mirongo itanu bari muri uwo mudugudu, nzahababarira hose ku bwabo.”
Aburahamu arongera aramubwira ati “Mpangaye kuvugana n’umwami wanjye, nubwo ndi umukungugu n’ivu gusa.
Ahari ku bakiranutsi mirongo itanu hazaburaho batanu, uzarimbura umudugudu wose, kuko habuzeho batanu?” Aramusubiza ati “Sinzawurimbura nimbonayo mirongo ine na batanu.”
Arongera aramubwira ati “Ahari hazabonekamo mirongo ine.” Aramusubiza ati “Sinzawurimbura ku bw’abo mirongo ine.”
Aramubwira ati “Umwami ye kurakara, nanjye ndavuga. Ahari hazabonekamo mirongo itatu.” Aramusubiza ati “Sinzawurimbura nimbonayo mirongo itatu.”
Aramubwira ati “Dore mpangaye kuvugana n’umwami wanjye. Ahari hazabonekamo makumyabiri.” Aramusubiza ati “Sinzawurimbura ku bw’abo makumyabiri.”
Aramubwira ati “Umwami ye kurakara, reka mvuge rimwe gusa. Ahari hazabonekamo icumi.” Aramusubiza ati “Sinzawurimbura ku bw’abo cumi.”
Uwiteka arigendera, amaze kuvugana na Aburahamu, Aburahamu asubira iwe.

Kuva 33:12-23
Mose abwira Uwiteka ati “Dore ujya untegeka uti ムJyana ubu bwoko’, ntumenyeshe uwo udutumanye. Ariko waravuze uti ムNkuzi izina kandi wangiriyeho umugisha.’
Nuko niba nkugiriyeho umugisha koko, nyereka imigambi yawe kugira ngo nkumenye, mbone uko ndushaho kukugiriraho umugisha, kandi wibuke yuko ubu bwoko ari ubwawe.”
Aramusubiza ati “Ubwanjye nzajyana nawe nkuruhure.”
Mose aramubwira ati “Ubwawe nutajyana natwe ntudukure ino.
Ikizamenyekanya yuko jye n’ubwoko bwawe twakugiriyeho umugisha ni iki? Si uko ujyana natwe, bigatuma jye n’ubwoko bwawe dutandukanywa n’amahanga yose yo mu isi?”
Uwiteka abwira Mose ati “N’icyo uvuze icyo ndagikora, kuko wangiriyeho umugisha nkakumenya izina.”
Aramubwira ati “Nyereka ubwiza bwawe burabagirana.”
Uwiteka aramubwira ati “Ubwanjye nzanyuza kugira neza kwanjye kose imbere yawe, nzivugira mu izina imbere yawe ko ndi Uwiteka, kandi nzagirira ubuntu uwo nzagirira ubuntu, kandi nzababarira uwo nzababarira.”
Kandi ati “Ntiwareba mu maso hanjye kuko umuntu atandeba mu maso ngo abeho.”
Kandi Uwiteka ati “Hariho ahantu bugufi bwanjye, nawe uzahahagarare ku rutare,
kandi ubwiza bwanjye bukikunyuraho, nzagushyira mu busate bw’igitare, ngutwikirize ikiganza cyanjye ngeze aho marira kunyuraho,
maze ngutwikurureho ikiganza cyanjye urebe mu mugongo hanjye, ariko mu maso hanjye ntihaboneka.”

Yohana 1:1
Mbere na mbere hariho Jambo; Jambo uwo yahoranye n’Imana kandi Jambo yari Imana.

Abaroma 8:1
Nuko rero noneho abari muri Kristo Yesu nta teka bazacirwaho,

2 Abakorinto 5:1
Tuzi yuko niba inzu y’ingando yacu yo mu isi izasenywa, dufite inyubako ituruka ku Mana, inzu itubatswe n’intoki, itazashira yo mu ijuru.

1 Abatesalonike 4:13-18
Ariko bene Data, ntidushaka ko mutamenya iby’abasinziriye, mutababara nka ba bandi badafite ibyiringiro.
Ubwo twemeye yuko Yesu yapfuye akazuka, abe ari ko twizera yuko Imana izazanana na Yesu abasinziririye muri we.
Iki ni cyo tubabwira tukibwirijwe n’ijambo ry’Umwami wacu yuko twebwe abazaba bakiriho, basigaye kugeza ku kuza k’Umwami, tutazabanziriza na hato abasinziriye.
Kuko Umwami ubwe azaza amanutse ava mu ijuru aranguruye ijwi rirenga, hamwe n’ijwi rya marayika ukomeye n’impanda y’Imana, nuko abapfiriye muri Kristo ni bo bazabanza kuzuka,
maze natwe abazaba bakiriho basigaye duhereko tujyananwe na bo, tuzamuwe mu bicu gusanganirira Umwami mu kirere. Nuko rero tuzabana n’Umwami iteka ryose.
Nuko mumaranishe imibabaro kubwirana ayo magambo.

1 Timoteyo 3:16
Si ugushidikanya, ubwiru bw’ubumana burakomeye cyane: Imana kwerekanwa ifite umubiri, ikagaragara ko ari umukiranutsi mu mwuka, ikabonwa n’abamarayika, ikamamazwa mu banyamahanga, ikizerwa mu isi, ikazamurwa igahabwa ubwiza.

1 Timoteyo 6:15
kuzerekanwa mu gihe cyako n’Iyo ifite ubutware yonyine ihiriwe, ari yo Mwami w’abami n’Umutware utwara abatware.

Abaheburayo 7:1-3
Melikisedeki uwo wari umwami w’i Salemu, n’umutambyi w’Imana Isumbabyose (wa wundi wasanganiye Aburahamu, ubwo yatabarukaga avuye gutsinda abami, amuha umugisha,
ni na we Aburahamu yahaye kimwe mu icumi cya byose). Ubwa mbere izina rye risobanurwa ngo “Umwami wo gukiranuka”, kandi irya kabiri yitwa “Umwami w’i Salemu”, risobanurwa ngo “Umwami w’amahoro.”
Ntagira se ntagira nyina, ntagira ba sekuruza kandi ntafite itangiriro ry’iminsi cyangwa iherezo ry’ubugingo, ahubwo ubwo ashushanywa n’Umwana w’Imana, ahora ari umutambyi iteka ryose.

Abaheburayo 13:8
Yesu Kristo uko yari ari ejo, n’uyu munsi ni ko ari kandi ni ko azahora iteka ryose.

Ibyahishuwe 10:1-7
Mbona marayika wundi ukomeye amanuka ava mu ijuru yambaye igicu, umukororombya uri ku mutwe we, mu maso he hasa n’izuba, ibirenge bye bisa n’inkingi z’umuriro.
Mu intoki ze yari afite agatabo kabumbutse. Nuko ashyira ikirenge cye cy’iburyo ku nyanja, n’icy’ibumoso agishyira ku butaka.
Arangurura ijwi rirenga nk’uko intare yivuga, avuze iryo jwi rirenga guhinda kurindwi kw’inkuba kuvuga amajwi yako.
Kandi guhinda kurindwi kw’inkuba kumaze kuvuga, nari ngiye kwandika nuko numva ijwi rivugira mu ijuru rimbwira riti “Iby’uko guhinda kurindwi kw’inkuba kuvuze ubizigame, bibe ubwiru ntubyandike.”
Marayika nabonye ahagaze ku nyanja no ku butaka amanika ukuboko kwe kw’iburyo, agutunga mu ijuru
arahira Ihoraho iteka ryose yaremye ijuru n’ibirimo, n’isi n’ibiyirimo n’inyanja n’ibiyirimo ati “Ntihazabaho igihe ukundi,
ahubwo mu minsi y’ijwi rya marayika wa karindwi ubwo azatangira kuvuza impanda, ni ho ubwiru bw’Imana buzaba busohoye nk’uko yabwiye imbata zayo ari zo bahanuzi.”

Ibyahishuwe 21:16
Urwo rurembo rungana impande zose, uburebure bungana n’ubugari. Ageresha urwo rurembo rwa rubingo, ageramo sitadiyo inzovu n’ibihumbi bibiri, uburebure bw’umurambararo n’ubugari n’uburebure bw’igihagararo birangana.

26-0322 Gushyingirwa no Gutana

Ubutumwa : 65-0221M Gushyingirwa no Gutana

BranhamTabernacle.org

Mukundwa Mugeni Watoranijwe, Intore, Kandi Wagenwe Mbere:

Ndibuka nk’umuhungu muto warimo akura, agerageza gutoranya kasete agomba kumva. Mu gihe nasomaga imitwe igihe cyose natekerezaga ko ntakumva Gushaka no Gutandukana, kuko ntacyo ihuriyeho nanjye; ko ari iby’abubatse

Hanyuma umunsi umwe, mu gihe narimo numva Gushaka no Gutandukana, Data yampaye Guhishurirwa k’ubwo Butumwa. Gusigwa Kwe kwaje mu mutima wanjye. Arimo kuvugana nanjye. Ubu Butumwa NI ubwanjye. ARIMO kumbwira ko Yantoranije mbere y’imfatiro z’isi. Ibi ni ibirori by’ubukwe bwanjye. Ntawundi nshaka uretse We. Ndi uwo kwizerwa no gukiranuka kuri We, n’Ijambo Rye, n’Ijwi Rye, GUSA. Turi UMWE.

Nyakuri ubu Butumwa bwari bugenewe bene Data benshi na bashiki bacu abo bari barashatse hanyuma bagatandukana, kandi Yo yarimo ibabwira icyo bagomba gukora; ariko harimo ubusobanuro BWUZUYE KANDI BURUTA KURE, ni binini cyane, kandi bifite imbaraga nyinshi.

Hariho Umugabo umwe, kandi yarimo ahamagara ndetse avugana n’intore nyinshi z’Umugeni. IJWI  RY’IMANA RYARIMO RIHAMAGARIRA UMUGENI WAYO JAMBO UTANDUYE W’UMWARI GUSOHOKA. Umwe utarigeze ukorwaho cyangwa ngo yanduzwe n’umugabo. Uwo ukiranuka kandi w’umunyakuri kuri We n’Ijambo Rye gusa. Umwe wari unyuzwe mu buryo bwuzuye hamwe na We n’Ijwi Rye.

Kubw’Ubuntu Bwe n’Imbabazi, uyu munsi dushobora kuvuga, nta n’agacu ko gushidikanya ko, TURI UMUGENI WE JAMBO W’UMWARI. ICYUBAHIRO KIBE ICY’UWITEKA!!

Yashakaga kuba ahamirijwe neza ko nta kudohoka na guto guhari mu gihe hageze guhamagara Umugeni We, niyo mpamvu Yaje Ubwe maze akaba mu mubiri w’umuntu kugira ngo Ahishurire Ijambo Rye Umugeni We  kandi Amwihamagarire Ubwe. Yari Eliyezeri uwo wagombaga gutoranya Umugeni We ubwe.

Kugira ngo Abe Azi neza ko nta buryo buhari byashobora kutwisoba ngo twitiranye uwo waturambagizaga, We Ubwe yahamirije igikoresho Cye Yatoranije binyuze mu kuvugana na we  muri serwakira yari ihagaze aho mu giti. Hanyuma ivugana nawe mu buryo bugaragara aho hepfo ku Mugezi wa Ohio imbere y’ibihumbi.

Ndetse yari afite Ifoto Ye yafashwe hamwe na we yiyereka kandi abwira isi ngo, NDAKUBWIYE NGO NZONGERA NGARUKE KANDI NONGERE NTURE MU MUBIRI. NI WE NAHISEMO GUTURAMO, NARAGUHAMAGAYE WOWE NGO USOHOKE UBE UMUGENI WANJYE. NTABWO ARI WE; NINJYE URIMO KUVUGIRA MURI WE. NDIMO NDAKORESHA IJWI RYE KUGIRA NGO RIBE IJWI RYANJYE KURI MWE. NINJYE WABAHAMAGAYE NGO MUSOHOKE KANDI MBATUNGANYE NGO MUBE UMUGENI WANJYE UTUNGANYE .

Guhishurirwa k’Ubu Butumwa, Ijambo Rye, Ijwi Rye, kandi noneho abo TURIBO birenze ibyo amagambo y’abanu yashobora gusobanura. Ndabizi ko muzi neza icyo ndimo kuvuga. Kwizera kw’Izamurwa kurimo kurabaho. Umugeni arimo kwitegura Ubwe kubwo kwicara mu kugaragara kw’Imana Ubwayo, kubwo gutungana.

Mbega amahirwe isi ifite kubwo kumva Ijwi ry’Imana rivugana na bo; kwicara kandi ukumva Ijambo ku Ijambo mu gihe Avuga kandi agahishura Ijambo Rye maze Akatubwira abo turibo.  Nta kintu kibaho cyahwana no kwicara imbere Ye, noneho muze mwiyunge hamwe natwe kuri iki Cyumweru i saa Sita z’Amanywa. ku isaha y’I Jeffersonville, mu gihe tumwumva Avugana n’Umugeni We, ubutumwa, “Gushaka no Gutandukana” 65-0221M.

Mwene Data Joseph Branham

Ibyanditswe byo gusoma mbere yo kumva Ubutumwa:

Matayo 5:31-32

Kandi byaravuzwe ngo ‘Uzasenda umugore we, amuhe urwandiko rwo kumusenda.’
Ariko jyeweho ndababwira yuko umuntu wese usenda umugore we atamuhora gusambana, aba amuteye gusambana, kandi uzacyura uwasenzwe azaba asambanye.

Matayo 16:18

Nanjye ndakubwira nti ‘Uri Petero, kandi nzubaka Itorero ryanjye kuri urwo rutare, kandi amarembo y’ikuzimu ntazarishobora.’

Matayo 19:1-8

Yesu arangije ayo magambo ava i Galilaya, ajya mu gihugu cy’i Yudaya hakurya ya Yorodani.

Abantu benshi baramukurikira, abakirizayo.

Abafarisayo baza aho ari baramugerageza, baramubaza bati “Mbese amategeko yemera ko umuntu asenda umugore we amuhora ikintu cyose?”

Na we arabasubiza ati “Ntimwari mwasoma yuko Iyabaremye mbere yaremye umugabo n’umugore,

ikababwira iti ‘Ni cyo gituma umuntu azasiga se na nyina akabana n’umugore we akaramata, bombi bakaba umubiri umwe’?

Bituma batakiri babiri, ahubwo babaye umubiri umwe. Nuko icyo Imana yateranyije hamwe, umuntu ntakagitandukanye.”

Baramubaza bati “Niba ari uko, ni iki cyatumye Mose ategeka ko umugabo aha umugore urwandiko rwo kumusenda, abone uko yamwirukana?”

Arabasubiza ati “Mose yabemereye gusenda abagore banyu kuko imitima yanyu inangiye, ariko uhereye mbere hose ntibyari bimeze bityo.

Matayo 28:19

Nuko mugende muhindure abantu bo mu mahanga yose abigishwa, mubabatiza mu izina rya Data wa twese n’Umwana n’Umwuka Wera,

Ibyakozwe n’Intumwa 2:38

Petero arabasubiza ati “Nimwihane, umuntu wese muri mwe abatizwe mu izina rya Yesu Kristo ngo mubone kubabarirwa ibyaha byanyu, kandi namwe muzahabwa iyi mpano y’Umwuka Wera,

Abaroma 9:14-23

Ni cyo gituma bitaba ku bushake bw’umuntu cyangwa ku mwete abigirira, ahubwo biva ku Mana ibabarira.

Ibyanditswe byabwiye Farawo biti “Icyatumye nkwimika ni ukugira ngo nkwerekanireho imbaraga zanjye, kandi ngo izina ryanjye ryamamazwe hose mu isi yose.”

Nuko ibabarira uwo ishaka, kandi inangira umutima w’uwo ishaka.

None wambaza uti “None se ni iki gituma ikomeza kugaya umuntu? Ni nde wagandira ibyo ishaka?”

Ariko wa muntu we, uri nde ugisha Imana impaka? Mbese icyabumbwe cyabaza uwakibumbye kiti “Ni iki cyatumye undema utya?”

Mbese umubumbyi ntategeka ibumba, ngo mu mugoma umwe abumbemo urwabya rumwe rwo gukoresha iby’icyubahiro, n’urundi rwo gukoresha ibiteye isoni?

None se bitwaye iki niba Imana, nubwo yashatse kwerekana umujinya wayo no kugaragaza imbaraga zayo, yihanganiranye imbabazi nyinshi inzabya z’umujinya zari zikwiriye kurimbuka,

kugira ngo yerekanire ubutunzi bw’ubwiza bwayo ku nzabya z’imbabazi, izo yiteguriye ubwiza uhereye kera

ari zo twebwe abo yahamagaye, atari mu Bayuda honyine ahubwo no mu banyamahanga?

Nk’uko yavugiye no mu kanwa ka Hoseya iti “Abatari ubwoko bwanjye nzabita ubwoko bwanjye, Kandi uwari inyungwakazi nzamwita inkundwakazi.

1 Timoteyo 2:9-15

Kandi n’abagore ni uko ndashaka ko bambara imyambaro ikwiriye, bakagira isoni birinda, kandi batirimbisha kuboha umusatsi, cyangwa izahabu cyangwa imaragarita, cyangwa imyenda y’igiciro cyinshi,

ahubwo birimbishishe imirimo y’ingeso nziza nk’uko bikwiriye abagore bavuga yuko bubaha Imana.

Umugore yigane ituza aganduke rwose,

kuko nanga ko umugore yigisha cyangwa ngo ategeke umugabo, ahubwo agire ituza

kuko Adamu ari we wabanje kuremwa nyuma hagakurikiraho Eva.

Kandi Adamu si we wayobejwe, ahubwo umugore ni we wayobejwe rwose, ahinduka umunyabicumuro.

Nyamara abagore bazakizwa mu ibyara nibakomeza kwizera, bakagira urukundo no kwera, bakirinda.

1 Abakorinto 7:10-15

Abamaze kurongorana ndabategeka, nyamara si jye ahubwo ni Umwami wacu, umugore ye kwahukana n’umugabo we.

Ariko niba yahukanye, abe igishubaziko cyangwa yiyunge n’umugabo we, kandi umugabo ye gusenda umugore we.

Ariko abandi bo ni jye ubabwira si Umwami wacu. Mwene Data niba afite umugore utizera, kandi uwo mugore agakunda kugumana na we ye kumusenda.

Kandi umugore ufite umugabo utizera na we agakunda kugumana na we, ye kwahukana n’umugabo we

kuko umugabo utizera yezwa ku bw’umugore we, kandi umugore utizera yezwa ku bwa mwene Data uwo. Iyo bitameze bityo abana banyu baba bahumanye, ariko none dore ni abera.

Icyakora wa wundi utizera, niba ashaka gutana atane. Mwene Data w’umugabo cyangwa w’umugore ntaba agihambiriwe iyo bimeze bityo, kuko Imana yaduhamagariye amahoro.

1 Abakorinto 14:34

abagore nibacecekere mu materaniro, kuko batemererwa kuvuga, ahubwo baganduke nk’uko amategeko na yo avuga.

Abaheburayo 11:4

Kwizera ni ko kwatumye Abeli aha Imana igitambo kiruta icya Kayini kuba cyiza, ni na ko kwamuhaye guhamywa ko ari umukiranutsi ubwo Imana yahamyaga ko amaturo ye ari meza, kandi ni ko kwatumye na none akivuga nubwo yapfuye.

Ibyahishuwe 10:7

ahubwo mu minsi y’ijwi rya marayika wa karindwi ubwo azatangira kuvuza impanda, ni ho ubwiru bw’Imana buzaba busohoye nk’uko yabwiye imbata zayo ari zo bahanuzi.”

Itangiriro igice cya 3

Inzoka yarushaga uburiganya inyamaswa zo mu ishyamba zose, Uwiteka Imana yaremye. Ibaza uwo mugore iti “Ni ukuri koko Imana yaravuze iti ‘Ntimuzarye ku giti cyose cyo muri iyi ngobyi’?”

Uwo mugore arayisubiza ati “Imbuto z’ibiti byo muri iyi ngobyi twemererwa kuzirya,

keretse imbuto z’igiti kiri hagati y’ingobyi ni zo Imana yatubwiye iti “Ntimuzazirye, ntimuzazikoreho, mutazapfa.'”

Iyo nzoka ibwira umugore, iti “Gupfa ntimuzapfa,

kuko Imana izi yuko ku munsi mwaziriyeho, amaso yanyu azahweza mugahindurwa nk’Imana, mukamenya icyiza n’ikibi.”

Uwo mugore abonye yuko icyo giti gifite ibyokurya byiza, kandi ko ari icy’igikundiro, kandi ko ari icyo kwifuriza kumenyesha umuntu ubwenge, asoroma ku mbuto zacyo, arazirya, ahaho n’umugabo we wari kumwe na we, arazirya.

Amaso yabo bombi arahweza, bamenya yuko bambaye ubusa, badoda ibibabi by’imitini, biremeramo ibicocero.

Bumva imirindi y’Uwiteka Imana igendagenda muri ya ngobyi mu mafu ya nimunsi, wa mugabo n’umugore we bihisha hagati y’ibiti byo muri iyo ngobyi amaso y’Uwiteka Imana.

Uwiteka Imana ihamagara uwo mugabo, iramubaza iti “Uri he?”

Arayisubiza ati “Numvise imirindi yawe muri iyi ngobyi, ntinyishwa n’uko nambaye ubusa, ndihisha.”

Iramubaza iti “Ni nde wakubwiye ko wambaye ubusa? Wariye kuri cya giti nakubujije kuryaho?”

Uwo mugabo arayisubiza ati “Umugore wampaye ngo tubane, ni we wampaye ku mbuto z’icyo giti, ndazirya.”

Uwiteka Imana ibaza uwo mugore iti “Icyo wakoze icyo ni iki?” Uwo mugore arayisubiza ati “Inzoka yanshukashutse ndazirya.”

Uwiteka Imana ibwira iyo nzoka iti “Kuko ukoze ibyo, uri ikivume kirengeje amatungo yose n’inyamaswa zo mu ishyamba zose, uzajya ugenda ukurura inda, uzajya urya umukungugu iminsi yose y’ubugingo bwawe.

Nzashyira urwango hagati yawe n’uyu mugore, no hagati y’urubyaro rwawe n’urwe, ruzagukomeretsa umutwe nawe uzarukomeretsa agatsinsino.”

Kandi Uwiteka Imana ibwira uwo mugore iti “Kugwiza nzagwiza cyane umubabaro wawe ufite inda: uzajya ubyara abana ubabara, kwifuza kwawe kuzaherera ku mugabo wawe, na we azagutwara.”

Na Adamu iramubwira iti “Ubwo wumviye umugore wawe ukarya ku giti nakubujije ko utazakiryaho, uzaniye ubutaka kuvumwa. Iminsi yose yo kubaho kwawe uzajya urya ibibuvamo ugombye kubiruhira,

buzajya bukumereramo imikeri n’ibitovu, nawe uzajya urya imboga zo mu murima.

Gututubikana ko mu maso hawe ni ko kuzaguhesha umutsima, urinde ugeza ubwo uzasubira mu butaka kuko ari mo wakuwe: uri umukungugu, mu mukungugu ni mo uzasubira.”

Uwo mugabo yita umugore we Eva, kuko ari we nyina w’abafite ubugingo bose.

Uwiteka Imana iremera Adamu n’umugore we imyambaro y’impu, irayibambika.

Uwiteka Imana iravuga iti “Dore uyu muntu ahindutse nk’imwe yo muri twe ku byo kumenya icyiza n’ikibi, noneho atarambura ukuboko agasoroma no ku giti cy’ubugingo, akarya akarama iteka ryose.”

Ni cyo cyatumye Uwiteka Imana imwirukana muri ya ngobyi muri Edeni, kugira ngo ahinge ubutaka yavuyemo.

Nuko yirukana uwo muntu, kandi mu ruhande rw’iyo ngobyi yo muri Edeni rwerekeye iburasirazuba, ishyiraho Abakerubi n’inkota yaka umuriro, izenguruka impande zose, ngo ibuze inzira ijya kuri cya giti cy’ubugingo.

Abalewi 21:7

Bene Aroni umutambyi bashyire umuriro kuri icyo gicaniro bawugerekeho inkwi,

Yobu 14:1-2

Umuntu wabyawe n’umugore, Arama igihe gito kandi cyuzuyemo umuruho agakenyuka.

Avuka ameze nk’ururabyo, maze agacibwa, Ahita nk’igicucu kandi ntarame.

Yesaya 53

Ni nde wizeye ibyo twumvise, kandi ukuboko k’Uwiteka kwahishuriwe nde?

Kuko yakuriye imbere ye nk’ikigejigeji, nk’igishyitsi cyumburira mu butaka bwumye, ntiyari afite ishusho nziza cyangwa igikundiro, kandi ubwo twamubonaga ntiyari afite ubwiza bwatuma tumwifuza.

Yarasuzugurwaga akangwa n’abantu, yari umunyamibabaro wamenyereye intimba, yasuzugurwaga nk’umuntu abandi bima amaso natwe ntitumwubahe.

Ni ukuri intimba zacu ni zo yishyizeho, imibabaro yacu ni yo yikoreye, ariko twebweho twamutekereje nk’uwakubiswe n’Imana agacumitwa na yo, agahetamishwa n’imibabaro.

Nyamara ibicumuro byacu ni byo yacumitiwe, yashenjaguriwe gukiranirwa kwacu, igihano kiduhesha amahoro cyari kuri we, kandi imibyimba ye ni yo adukirisha.

Twese twayobye nk’intama zizimiye, twese twabaye intatane, Uwiteka amushyiraho gukiranirwa kwacu twese.

Yararenganye ariko yicisha bugufi, ntiyabumbura akanwa ke amera nk’umwana w’intama bajyana kubaga, cyangwa nk’uko intama icecekera imbere y’abayikemura, ni ko atabumbuye akanwa ke.

Guhemurwa no gucirwa ho iteka ni byo byamukujeho. Mu b’igihe cye ni nde witayeho ko yakuwe mu isi y’abazima, akaba yarakubitiwe ibicumuro by’ubwoko bwe?

Bategetse ko ahambanwa n’abanyabyaha, yari kumwe n’umutunzi mu rupfu rwe nubwo atagiraga urugomo, kandi ntagire uburyarya mu kanwa ke.

Ariko Uwiteka yashimye kumushenjagura, yaramubabaje. Ubwo ubugingo bwe buzitamba ho igitambo cyo gukuraho ibyaha, azabona urubyaro, azarama, ibyo Uwiteka ashaka bizasohozwa neza n’ukuboko kwe.

Azabona ibituruka mu bise by’ubugingo bwe bimwishimishe, bimuhaze. Umugaragu wanjye ukiranuka azatuma benshi baheshwa gukiranuka no kumenya, kandi azīshyiraho gukiranirwa kwabo.

Ni cyo gituma nzamugabanya umugabane n’abakomeye, azagabana iminyago n’abanyamaboko, kuko yasutse ubugingo bwe akageza ku gupfa akabaranwa n’abagome, ariko ubwe yishyizeho ibyaha bya benshi kandi asabira abagome.

Ezekiyeli 44:22

Kandi ntibagacyure abapfakazi cyangwa abagore basenzwe, ahubwo bajye barongora abageni bo mu rubyaro rw’ab’inzu ya Isirayeli, cyangwa se bacyure abapfakazi barongowe n’abatambyi.

26-0315 Ahantu Imana Yatoranyije ho Kuramizwa

Ubutumwa : 65-0220 Ahantu Imana Yatoranyije ho Kuramizwa

BranhamTabernacle.org

Mukundwa Muka Yesu Kristo

Uyu munsi. Iki gihe. Imana yohereje ikizu Cyayo gikomeye ku isi kugira ngo gihamagare Muka Yesu Kristo Wayo, kugira ngo kivuge kandi kimubwire ngo, “Ni WOWE Natoranije. Ni WOWE Nkunda. Uri Umugeni Wanjye Jambo w’umwari Utunganye. Turi UMWE. “

Kumva gusa ayo magambo, imitima yacu isimbutswa n’umunezero. Gutekereza ko, mu isi yose, hamwe naza miliyoni na miliyoni z’abantu, hariho Muka Yesu Kristo UMWE, kandi ni MWEBWE We, ABO Aziye.

Hariho ahantu HAMWE hatoranijwe ho kuramiriza. Hariho Ubutumwa BUMWE gusa butunganye bwatoranijwe. Hariho UMUGENI UMWE gusa UTUNGANYE watotanijwe… KANDI TURI WE!!!

Data afite ahantu HAMWE yatoranije ho kuramirizwa, Umwami Yesu Kristo; We ni Ijambo. Uyu munsi, hariho ahantu HAMWE urupfu rw’umwuka rudashobora gukubita: Ijambo. Urupfu ntabwo rushobora gukubita Ijambo, kubera ko ari Ijambo Rizima ry’Imana.

Guhishurirwa kuzuye kw’iryo Jambo Rizima kwahishuriwe gusa Muka Yesu Kristo. Hariho ahantu HAMWE gusa aho Muka Yesu Kristo ashobora kujya maze akumva IJAMBO RIVUZWE RITUNGANYE. Hariho umuhanuzi UMWE watoranijwe kugira ngo abe Ijwi ry’Imana. Hariho ahantu HAMWE gusa Muka Yesu ashobora kujya maze akumva, UKU NIKO UWITEKA AVUZE: GUKANDAHO BIKAVUGA.

Hazabaho Umucyo mu gihe cya nimugoroba, ahantu hamwe hatoranijwe n’Imana ho kuramirizwa.
Oh! Ubu Butumwa bwaje gukora iki? Ni iki Agiye gukora? Kandi mu gihe Cyabwo hazaba Umucyo mugihe cya nimugoroba, kandi (iki?) ku bwo kwacyira abana Bayo bagarutse mu rugo, mu Gihugu cy’isezerano nyakuri, ku kimenyetso kimwe cy’Inkingi y’Umuriro cyayoboye abana b’Isirayeli mu Butayu.

Mbega uburyo Umugeni We akwiye kuba maso mu gukurikira no kumva Ijwi ry’Umugabo We rivugana na We. Hariho ahantu HAMWE gusa dushobora kujya maze bikaba bihamirijwe 100%. Hariho Ijwi RIMWE gusa dufite twubakiyeho aho tugiye h’iteka .

Muka Yesu Kristo yizera ko Amagambo Yumva ku makasete ari Amagambo y’Umugabo We. Yizera Ijambo Rye ntabwo akeneye ubusobanuro. Nibwo buryo, Yizera ko hariho ahantu HAMWE gusa hasyizweho Ashobora kujya maze Akavuga AMEN kuri buri Jambo, Ijwi ry’Umugabo We ku makasete.

Nanone, Muka Yesu Kristo, uturutse hirya no hino ku isi, ashobora kuvuga ngo, “Uyu munsi iri Jambo ryavuzwe, ririmo rirasohora”.

Ndasaba, Mana dukunda, hariya kure mu butayu bwa Tucson, hariya muri Californie, iyo hejuru muri Nevada, no muri Idaho, iyo kure Iburasirazuba, na hariya i Texas; mu gihe ubu butumire butanzwe, hariho abantu bicaye mu dusengero duto, ku maradiyo, mu mazu, barimo kumva.

Uratumiwe kuza kumva hamwe n’Ingando ya Branham I Saa Sita z’Amanywa ku isaha y’I Jeffersonville, mu gihe twumva Imana ivugana n’Umugeni Wayo yatoranyije, Ubutumwa: “Ahantu Imana Yatoranyije ho Kuramizwa” 65-0220.

Mwene Data Joseph Branham

Ibyanditswe: Guteka kwa Kabiri 16: 1-3

Ntukagire umutsima wasembuwe ubirisha, ujye umara iminsi irindwi ubirisha imitsima itasembuwe, ari yo mitsima y’umubabaro kuko wavuye mu gihugu cya Egiputa uhubutse, kugira ngo iminsi yose yo kubaho kwawe uhore wibuka wa munsi waviriye mu gihugu cya Egiputa.

26-0308 Uyu Munsi, Iki Cyanditswe kirasohoye!

Ubutumwa : Uyu Munsi, Iki Cyanditswe kirasohoye! 65-0219

BranhamTabernacle.org

Mukundwa Mbuto Yihariye ya Cyami

Igihe twari dutegereje cyane kandi twifuzaga kirageze. Twahageze. Turabibona bigenda bitwikururwa imbere y’amaso yacu. Buri munsi ubuhanuzi buragenda busohora, kandi dushobora kuvuga ngo: UYU MUNSI IKI CYANDITSWE KIRASOHOYE IMBERE Y’AMASO YACU.

Mbega gushagurutswa binyuze mu Kwizera kuri kubaho hamwe n’Umugeni. Hamwe na buri Butumwa twumva, imbere mu mitima yacu no bugingo turibaza ngo , “Ni gute birushaho kuba bigari kandi birushaho kuba ibitangaje, Mwami?” Hanyuma Akaza hagati muri twe indi nshuro maze akadusiga mu gihe twumva Ijwi Rye riduhamagara maze rikavuga ngo , “Muri abakundwa Banjye. Narabatoranije ngo mu be Umugeni Wanjye. Nkuko Nabasezeranije, Nje kubajyana. Ndi mu nzira. Vuba aha tuzaba turi hamwe mu Iteka.”

Hirya no hino turarangura ku isi, tunyeganyeza Ijuru hamwe na za Halleluya zacu, icyubahiro, kumuhimbaza, no kumuramya. Satani yaratsinzwe. Data yakuyeho gushidikanya kwacu kose, gukekeranya kwacu kose, gutekereza kose yagushyize kure. Dushobora guhamya hamwe n’umutima n’ubugingo bwacu bwose ko, TURI Imbuto Ya Cyami y’Abrahamu Idasanzwe. Umugeni wa Cyami ku Mwana W’Ubwami wasezeranwe.

Kubaho k’Umwami kuratangaje mu gihe Aduhishurira Ijambo Rye kurenza uko byigeze kubaho mbere. Yunze Umugeni We hamwe n’Ijambo, kandi aduha guhuza umutima no guhuza nk’itsinda rimwe, twumva Ijwi ry’Imana rivuga kandi ridutunganya binyuze mu Ijambo Ryayo.

Buri Butumwa twumva ni nk’iriba ridudubiza rituritse mu bugingo bwacu; rigatemba, rigasunika, kandi rikadudubiza rifutse rituruka ku Ntebe y’Imana. Tukanywa kandi tukongera tukanywa ndetse tukanywa, turimo duhembura ubugingo bwacu.

Bene Data na Bashiki bacu, turi ugusohora kw’Ibyanditswe kwavuze ko Azagira Umugeni Jambo w’umwari. Turi: Uyu munsi iki Cyanditswe Kirasohoye.

Imana Ubwayo ivugira mu Ijuru Ibwira marayika Wayo wa karindwi iravuga ngo, “Nkuko Yohana Umubatiza yatumwe kuba integuza yo Kuza kwa mbere kwa Kristo, Ubutumwa bwawe buzabanziriza Kuza Kwe kwa kabiri, mu isi yose.” Umugeni ashobora kuvuga ngo: Uyu munsi iki Cyanditswe kirasohoye.

Dushobora gusobanukirwa ko iryo Jwi ry’Imana rimwe ryavuze mu minsi yacu rinyuze mu minwa y’umuntu, rigafatwa amajwi, rigahunikwa, ndetse rikarindwa kugira ngo rishobore kuvugana na buri umwe se muri twe, Uku Niko Uwiteka Avuze? Yemeye ko bishoboka kugira ngo tutazakenera gufata ijambo ry’undi wese, nta bitekerezo by’uwari we wese, nta myumvire y’undi, ni ukwicara gusa maze tukumva Ijwi Ryayo rivugana na twe Ijambo Ryayo ritunganye bidaciye ku ruhande .

NI IKI KIRIMO KUBAHO UYU MUNSI?

Kandi wa M-W-A-N-A w’Imana umwe waje i Burasirazuba kandi Akihamiriza ko ari Imana yigaragarije mu mubiri wa kimuntu; ni wa M-W-A-N-A w’Imana uri hano mu gice cy’isi cy’i Burengerazuba, Wigaragariza rwagati mu Itorero muri uyu mugoroba, Ari uko Yari ejo hashize Uyu munsi ndetse n’Iteka. Umucyo wa nimugoroba w’Umwana waraje. Uyu munsi iki Cyanditswe gisohoreye imbere yacu.

ESE TURI MU BUSHAKE BUTUNGANYE BW’IMANA KUBWO KUVUGA NO KWIZERA KO: “GUCURANGA AMAKASETE ARI INZIRA YATANZWE N’IMANA KU MUGENI WAYO”?

ESE HABA HARIHO IKINDI KINTU KIRUTA KUMVA AMAKASETE?

Imana ihora igaragazwa muri gatatu nk’uko nabivuze ejo nimugoroba. Hari Abanyesodomu, bene loti n’Ababurahamu. Ibyo biri mu gihagararo kimwe uyu mugoroba, isi ni uko ihagaze neza neza.

Mwitegereze. Uwasigaranye n’Aburahamu yari Imana Ubwayo. Ababiri bandi bari intumwa z’Abamarayika

NONE SE NINDE UVUGANA NATWE KU MAKASETE?

Reka mbasabe ikintu. Mwitegereze uko ibintu byari bimeze. Aburahamu yise uwo Mugabo wamuvugishaga “Elohim”. Ijambo ry’igiheburayo “Elohim” risobanura “Uwihagije, Uwiteka”, – Elohim, Imana Ubwayo!

MBEGA UKUNTU ARI INGENZI CYANE GUKANDAHO BIKAVUGA?

…”igihe kimwe Umwuka Wera azaza maze akore icyo kintu kimwe, kandi kugira Ijambo rimwe uvuga ubirwanya ntabwo bizigera bibabarirwa.” Nguyu uwo munsi, aho Ijambo ryose rigomba guhurira hamwe. “Kuvuga ijambo rimwe ririrwanya; ntibizigera bibabarirwa muri iy’isi ya none cyangwa mu isi izaza.”

Za halleluya zacu z’icyumweru gishize no guhimbaza Umwami wari umuteguro wo kwitegura ikigiye kubaho kuri iki Cyumweru, nkuko Umugeni indi nshuro yongeye kwiyunga maze akumva Imana idutera umwete kandi iduhamiriza ko turi Intore Zayo, kandi Agiye kuza vuba kutujyana mu Birori bikomeye by’Ubukwe, hakurikireho Urugo rw’Ahazaza

Uyu ni umunsi UWITEKA yaremye; tuzawunezererwamo kandi tuwishimiremo.

Mwene Data Joseph Branham

Ubutumwa: 65-0219 – “Uyu Munsi Iki Cyanditswe Kirasohoye”

Ibyanditswe :

Yohana igice cya 16
Icyo mbabwiriye ibyo ni ukugira ngo hatagira ikibagusha.
Yohana 16 2 16 2 Bazabaca mu masinagogi, kandi igihe kigiye kuza, uzabica wese azibwira ko akoreye Imana umurimo.
Yohana 16 3 16 3 Kandi ibyo bazabikorera batyo kuko batamenye Data, nanjye ntibamenye.
Yohana 16 4 16 4 Ariko ibyo mbibabwiriye kugira ngo igihe cyabyo nikigera, muzibuke ko ari jye wabibabwiye. Umumaro Umwuka Wera azabagirira Uhereye mbere na mbere sinabibabwiye, kuko nari nkiri kumwe namwe.
Ariko none ndajya ku Uwantumye, kandi muri mwe nta wumbaza ati ‘Urajya he?’
Ariko kuko mbabwiye ibyo, imitima yanyu yuzuye agahinda.
Ariko ndababwira ukuri yuko ikizagira icyo kibamarira ari uko ngenda, kuko nintagenda Umufasha atazaza aho muri, ariko ningenda nzamuboherereza.
Yohana 16 8 16 8 Ubwo azaza azatsinda ab’isi, abemeze iby’icyaha n’ibyo gukiranuka n’iby’amateka;
Yohana 16 9 16 9 iby’icyaha, kuko batanyizeye,
Yohana 16 10 16 10 n’ibyo gukiranuka kuko njya kwa Data, kandi namwe muzaba mutakimbona,
Yohana 16 11 16 11 n’iby’amateka kuko umutware w’ab’iyi si aciriweho iteka.
Yohana 16 12 16 12 Ndacyafite ibyo kubabwira byinshi, ariko ubu ntimubasha kubyihanganira.
Uwo Mwuka w’ukuri naza azabayobora mu kuri kose kuko atazavuga ku bwe, ahubwo ibyo azumva ni byo azavuga, kandi azababwira ibyenda kubaho.
Uwo azanyubahiriza, kuko azenda ku byanjye akabibabwira.
Ibyo Data afite byose ni ibyanjye, ni cyo gitumye mvuga nti ‘Azenda ku byanjye abibabwire.’
Hasigaye igihe gito ntimumbone, maze hazabaho ikindi gihe gito mumbone.
Bamwe mu bigishwa be barabazanya bati “Ibyo atubwiye ni ibiki ngo ‘Hasigaye igihe gito ntimumbone, maze hazabaho igihe gito mumbone’, kandi ngo ‘Kuko njya kuri Data.'”
Kandi bati “Ibyo ni ibiki ngo ‘Igihe gito’? Ntituzi ibyo avuze.”
Yesu amenye ko bashaka kumubaza arababaza ati “Murabazanya ibyo mbabwiye ibyo ngo ‘Hasigaye igihe gito ntimumbone, maze hazabaho ikindi gihe gito mumbone’?
Ni ukuri, ni ukuri, ndababwira yuko mwebweho muzarira mukaboroga, ariko ab’isi bazanezerwa. Mwebweho muzababara, ariko umubabaro wanyu uzahinduka umunezero.
Umugore iyo aramukwa arababara kuko igihe cye gisohoye, ariko iyo umwana amaze kuvuka ntaba akibuka kuribwa, kuko anejejwe n’uko umuntu avutse mu isi.
Ni ko namwe mubabara none, ariko nzongera kubonana namwe kandi imitima yanyu izanezerwa, n’umunezero wanyu nta muntu uzawubaka.
Uwo munsi nta cyo muzambaza. Ni ukuri, ni ukuri, ndababwira yuko icyo muzasaba Data cyose mu izina ryanjye azakibaha.
Kugeza none nta cyo mwasabye mu izina ryanjye. Musabe muzahabwa ngo umunezero wanyu ube wuzuye.
Ibyo mbibabwiriye mu migani, ariko igihe kizaza sinzavuganira namwe mu migani, ahubwo nzababwira ibya Data neruye.
Yohana 16 26 16 26 Uwo munsi muzasaba mu izina ryanjye, kandi simbabwira ko nzabasabira kuri Data,
Yohana 16 27 16 27 kuko Data na we abakunda ubwe kuko mwankunze mukizera yuko navuye ku Mana.
Yohana 16 28 16 28 Navuye kuri Data nza mu isi, kandi isi ndayivamo nsubire kuri Data.
Abigishwa baravuga bati “Dore noneho ureruye, nta mugani uduciriye.
Ubu tuzi yuko uzi byose kandi ko utagomba ko umuntu wese agira icyo akubaza, ni cyo gituma twizera ko wavuye ku Mana.”
Yesu arabasubiza ati “None murizeye?
Dore igihe kirenda gusohora ndetse kirasohoye, ubwo muri butatane umuntu wese ukwe, mukansiga jyenyine. Ariko sindi jyenyine, kuko Data ari kumwe nanjye.
Ibyo mbibabwiriye kugira ngo mugire amahoro muri jye. Mu isi mugira umubabaro, ariko nimuhumure nanesheje isi.”

Yesaya 61:1-2

Umwuka w’Umwami Imana ari kuri jye, kuko Uwiteka yansīze amavuta ngo mbwirize abagwaneza ubutumwa bwiza, yantumye kuvura abafite imvune mu mutima no kumenyesha imbohe ko zibohowe, no gukingurira abari mu nzu y’imbohe.
Kandi yantumye no kumenyesha abantu umwaka w’imbabazi z’Uwiteka, n’umunsi Imana yacu izahoreramo inzigo, no guhoza abarira bose.

Luka 4:16
Ajya i Nazareti iyo yarerewe, ku munsi w’isabato yinjira mu isinagogi nk’uko yamenyereye, arahagarara ngo asome.

26-0301 Imbuto ntabwo iraganwa n’igishishwa

Ubutumwa : 65-0218 Imbuto ntabwo iraganwa n’igishishwa

BranhamTabernacle.org

Mukundwa Mwari Mugeni Jambo

Nicaye hano muri iki gitondo niyumvamo uko gusigwa mu gihe ndimo kumva, nsoma kandi niga ubu Butumwa Umugeni azumva Kucyumweru. Kubaho kwanjye kose kwasizwe. Umutima wanjye urimo urasimbaguritswa n’uwo munezero. TURAZA KUBA TWESE DUTERANIYE HAMWE DUTURUTSE HIRYA NO HINO KU ISI HAMWE NO GUSIGWA KUMWE. Tuzaba tunezerewe, icyubahiro kibe icy’Uwiteka, twese icyarimwe, mu gihe avugana na buri umwe umwe muri twe kandi Aduhishurira Ijambo Rye.

Gusigwa kuraba gukomeye kuburyo haza kuba gusakuza no kuvuza akaruru, “Halleluya, amen, icyubahiro kibe icy’Izina ry’Uwiteka” hirya no hino ku isi ku isaha imwe, mu gihe tunyeganyeza Ijuru hamwe no kuramya no guhimbaza.

Ese ni iki kiza kuba kirimo kubaho? Imana iraza kuba yunga Umugeni Wayo kandi Ivugana nawe. Turaza kuba turi Itsinda Rimwe, ibitekerezo bimwe no guhuza umutima mu gihe Itwihishurira kandi Ikatwigaragariza Ubwayo.

Hariho ahantu hamwe hakomeye washobora kujya, nta Jwi rikomeye washobora kumva; nta gusigwa gukomeye kwaruta Ijwi ry’Imana rivugana nawe ku makasete mu buryo butaziguye.

Imana yarinze Ijambo Ryayo guhera mu itangira kandi yatanze ahantu abana Bayo bose bashobora kujya maze bakayumva Irimo ivuga kandi isobanura Ijambo Ryayo Bwite. Ahantu hatari ugukekeranya, ntabwo ari icyizere, si ukwibaza; Ni ahantu hatanzwe n’Imana kugira ngo twumve UKU NIKO UWITEKA AVUZE.

Igihe ubihishuriwe, biba bimeze nk’umucyo ukomeye ucanywe mu mutima n’ubugingo bwawe… Urasakuza ngo, “Ni ibingibi. Ndabibona. Ndi UMWE N’IJAMBO. NDI IJAMBO. NDI UMUGENI. NAHAGEZE.”

Kiri kuba kandi ntibabizi. Ni ibyo. Murabona? Yooo yego! Mu by’ukuri, kuko aho umubiri uri, aho niho hazateranira ibizu, ibyo ni ukuri neza neza nkuko isi iriho. Icyo nicyo rivuga. Umubiri ni iki? Ni Ijambo. We ni Ijambo, Umubiri, Kirisito! “Kirisito muri mwe,” Uri uko Yari ejo hahise ndetse n’iteka. Mbega ukuntu ari ukuri

Mu gihe duhurira hamwe kugira ngo twumve Ijambo, amaganya yacu yose, ibiduhangayika byose, ibibazo byacu byose, bihita bizimira mu buryo bworoshye. Tunezezwa no kumenya ko nta kintu gihari cyo kuduhangayika; turi Umugeni Wayo. Ntabwo Ari kumwe na twe gusa, AHUBWO ARI MURI TWE. TURI UMUGENI JAMBO MBUTO. Buri kintu kiratunganye. Uburyo Bwe bwo kubara igihe buratunganye. Turatunganye.

Turanyuzwe kandi turashima tuvuga ngo turi Ijambo Ryayo ryabyawe n’umwari rigaragajwe; Yesu Kristo uko yari ejo hahise, niko ari uyu munsi, kandi niko azahora iteka, ubaho kandi agatura muri twe. Halleluya!

Ntabwo dushobora kugambanira IJAMBO RIMWE. Tugomba kumva Ijwi ry’Imana ku makasete.

Mwigeze mubona ikizu kigambana? Oya, mugabo! Nta buriganya buri muri cyo. Niko bimeze no mu mukirisitu w’umwimerere. Ntabwo yorohereye. Azahiga kugeza abibonye. Amina! Yego, mugabo! Azabona ibyo kurya bye. Ashaka Manu nshya. Azamanuka aho acukure kugeza aribonye. Azaguruka hejuru ndetse hejuru cyane. Niba atari muri iki kibaya, azazamuka kurushaho. Uko murushaho kuzamuka, ni ko murushaho kureba neza. Rero, ni igihe ku bizu by’uyu munsi kuguruka hejuru cyane, gucukura mu masezerano y’Imana, atari ukubeshwaho n’ibiryo by’inkongoro byishwe hashize imyaka. Mujye kure yabyo.

Itegure Mugeni, turaza kuba turya ya Manu nshya munsi yo gusigwa gukomeye cyane guhari, kuri iki Cyumweru I Saa Sita z’Amanywa, ku isaha y’I Jeffersonville, mu gihe twumva: 65-0218 Imbuto Ntizaraganwa n’Igishishwa.

Turatumira Umugeni wo hirya no hino ku isi kwiyunga na twe mu gusangira ku Nzira itunganye yateguwe n’Imana kubw’uyu munsi. Ahantu hamwe honyine aho UMUGENI ashobora kuvuga amen ku buri Jambo. Aho gusigwa gukomeye k’Umwuka Wera kuvuga kandi kugatunganya Umugeni Wayo binyuze mu Gukandaho Bikavuga no kumva kandi ukakira Ijambo Ryayo.

Mwene Data Joseph Branham

Ibyanditswe:
Matayo 24: 24
Kuko abiyita Kristo n’abahanuzi b’ibinyoma bazaduka bakora ibimenyetso bikomeye n’ibitangaza, kugira ngo babone uko bayobya n’intore niba bishoboka.

Luka 17: 30
Ni na ko bizamera umunsi Umwana w’umuntu azabonekeraho.

Yohana 5:24

Ni ukuri, ni ukuri, ndababwira yuko uwumva ijambo ryanjye akizera uwantumye, aba afite ubugingo buhoraho kandi ntazacirwaho iteka, ahubwo aba avuye mu rupfu ageze mu bugingo.
Yohana 14:12
Ni ukuri, ni ukuri, ndababwira yuko unyizera, imirimo nkora na we azayikora ndetse azakora n’iyiruta, kuko njya kwa Data.

Abaroma 8:1
Nuko rero noneho abari muri Kristo Yesu nta teka bazacirwaho,

Abagalatiya 4:27-31
kuko byanditswe ngo “Ishime ngumba itabyara, Tera hejuru uvuge cyane utaramukwa, Kuko abana b’inyungwakazi ari benshi, Baruta ab’inkundwakazi.”
Nuko rero bene Data, namwe muri abana b’isezerano nk’uko Isaka yari ari.
Ariko nk’uko icyo gihe uwabyawe n’umubiri yarenganyaga uwabyawe n’Umwuka, na n’ubu ni ko bikimeze.
Mbese ibyanditswe bivuga bite? Biravuga biti “Senda inshoreke n’umuhungu wayo, kuko umuhungu w’inshoreke atazaraganwa n’umuhungu w’umugeni.”
Nuko bene Data, ntitukiri abana b’inshoreke, ahubwo turi ab’umugeni.

Abaheburayo 13:8
Yesu Kristo uko yari ari ejo, n’uyu munsi ni ko ari kandi ni ko azahora iteka ryose.

1 Yohana 5:7
???

Ibyahishuwe 10
Mbona marayika wundi ukomeye amanuka ava mu ijuru yambaye igicu, umukororombya uri ku mutwe we, mu maso he hasa n’izuba, ibirenge bye bisa n’inkingi z’umuriro.
Mu intoki ze yari afite agatabo kabumbutse. Nuko ashyira ikirenge cye cy’iburyo ku nyanja, n’icy’ibumoso agishyira ku butaka.
Arangurura ijwi rirenga nk’uko intare yivuga, avuze iryo jwi rirenga guhinda kurindwi kw’inkuba kuvuga amajwi yako.
Kandi guhinda kurindwi kw’inkuba kumaze kuvuga, nari ngiye kwandika nuko numva ijwi rivugira mu ijuru rimbwira riti “Iby’uko guhinda kurindwi kw’inkuba kuvuze ubizigame, bibe ubwiru ntubyandike.”
Marayika nabonye ahagaze ku nyanja no ku butaka amanika ukuboko kwe kw’iburyo, agutunga mu ijuru
arahira Ihoraho iteka ryose yaremye ijuru n’ibirimo, n’isi n’ibiyirimo n’inyanja n’ibiyirimo ati “Ntihazabaho igihe ukundi,
ahubwo mu minsi y’ijwi rya marayika wa karindwi ubwo azatangira kuvuza impanda, ni ho ubwiru bw’Imana buzaba busohoye nk’uko yabwiye imbata zayo ari zo bahanuzi.”
Nuko rya jwi numvise rivugira mu ijuru, nongera kuryumva rimbwira riti “Genda wende ka gatabo kabumbutse kari mu intoki za marayika uhagaze ku nyanja no ku butaka.”
Nuko nsanga marayika uwo ndamubwira nti “Mpa ako gatabo.” Aransubiza ati “Enda ugaconshomere, karagusharirira mu nda ariko mu kanwa kawe karakuryohera nk’ubuki.”
Nenda ako gatabo, ngakura mu intoki za marayika ndagaconshomera. Mu kanwa kanjye karyohera nk’ubuki, ariko maze kukarya mu nda yanjye harasharirirwa.
Arambwira ati “Ukwiriye kongera guhanura iby’amoko menshi n’amahanga menshi, n’indimi nyinshi n’abami benshi.”

Malaki 4
Dore hazaba umunsi utwika nk’itanura ry’umuriro, abibone bose n’inkozi z’ibibi zose bazaba ibishingwe, maze habe umunsi uzabatwika bashire, ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga, ntuzabasigira umuzi cyangwa ishami.
Ariko mwebweho abubaha izina ryanjye, Izuba ryo gukiranuka rizabarasira rifite gukiza mu mababa yaryo, maze muzasohoka mukinagire nk’inyana zo mu kiraro.
Kandi muzaribatira abanyabyaha hasi, bazaba ivu munsi y’ibirenge byanyu ku munsi nzabikoreraho. Ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga.
Nimwibuke amategeko y’umugaragu wanjye Mose, ayo namutegekeye i Horebu yari ay’Abisirayeli bose, yari amategeko n’amateka.
Dore nzaboherereza umuhanuzi Eliya, umunsi w’Uwiteka ukomeye kandi uteye ubwoba utaragera.
Uwo ni we uzasanganya imitima ya ba se ku bana n’imitima y’abana ku ya ba se, kugira ngo ntazaza kurimbuza isi umuvumo.

26-0222 Umuntu uhunga mu maso y’Uwiteka

Ubutumwa : 65-0217 Umuntu uhunga mu maso y’Uwiteka

BranhamTabernacle.org

Bakundwa Bana b’Intama

Mbega icyubahiro n’amahirwe dufite kubwo kuvuga ngo, “Turi abana b’intama b’Imana, abo yoherereje marayika Wayo wa karindwi intumwa kubahamagara ngo basohoke kandi abagaburire Manu Yayo yahishwe kandi igahunikwa.”

Turanyuzwe kandi twizeye ubu Butumwa ko ari Ijwi ry’imana ryoherejwe kugira ngo ritunganye Umugeni Wayo. Twizeye ko urukungu ruri gukurwa mu ngano, kandi ubu Umugeni Wayo ashyizwe Imbere y’Umwana, AKANDAHO BIKAVUGA kugira ngo akomere.

icyo nicyo gitumye turi hano, nshuti. Mugume imbere y’Umwana [Son] kugeza ubwo itsinda ryacu rito hano , kugeza ubwo rizakomera muri Kristo, aho niho rihinduka umugati ku meza Ye. Icyo nicyo nshaka ko rikora.

Uwo ari we wese utizera ko GUKANDAHO BIKAVUGA no kumva Ijwi rihamijwe ry’Imana ivuga ariryo Jwi ry’ingenzi kurusha ayandi mugomba kumva, uwo niwe muntu urimo uhunga mu maso y’Uwiteka.

Mugomba guhangana nabyo cyangwa mukagira icyo mukora kuri byo. Mufite inshingano; buri muntu arazifite. Kandi mugomba guhangana n’ibi bintu. Niko biri

Mbega uburyo uyu murongo ari ukuri kandi ari ingenzi. Hariho ibice byinshi hagati mu bantu bahamagawe n’Imana ngo basohoke. Ese ni ingenzi cyane gucuranga kasete mu rusengero kugira ngo wumve Ijwi ry’Imana, cyangwa ahubwo ubu ni ingenzi cyane ko abakozi bagira ubukozi kw’Ijambo ?

Imana yahamagaye kandi ishyira mu mwanya ubukozi hano kugira ngo bukomeze Ijambo imbere y’abantu. Ni Abungeri. Ibi Ijambo rirabyigisha. Bagomba kubahwa ndetse no guhabwa icyubahiro nk’abantu Imana yahamagaye kandi ikabashyira mu mwanya.

Ntitugomba, nta nubwo dukwiye, kwigera narimwe tuvuga ko atari Umugeni. Ibyo ni IKOSA kandi ntabwo bihura n’icyo umuhanuzi yatwigishije. Numvishe abantu bavuga ngo: “Niba badacuranga kasete mu nsengero zabo, ni abarwanya Ijambo.” Ntimukavuge ibintu nk’ibyo. Ibyo binyereka ko mufite umwuka mubi.

Numvishe abandi bavuze ngo, “Bose bakwiriye gukurikirira ku murongo umwe na Branham Tabernacle bitaba ibyo bakaba batari mu bushake bw’Imana”. Ntimukwiriye kuvuga ibintu nk’ibyo. Imana niyo yonyine izi Umugeni uwo ari we n’utariwe. Uwo ntabwo ari umwuka w’Umugeni kuvuga ibintu nk’ibyo.

Habe na bamwe mu bantu bakurikira ku murongo umwe na Branham Tabernacle baravuga ngo, “Nimuramuka mugiye ku rusengero kumva kasete kandi ntimukurikire ku murongo mu ngo zanyu muri mu ikosa!” Ibyo birapfuye bene Data na bashiki bacu. Niba muvuga ibyo, MUBIHAGARIKE, muri mu ikosa. Buri wese agomba gukora nkuko YUMVA AYOBOWE N’UMWAMI GUKORA.

Ababwiriza benshi bumva ko kubwiriza ari inzira yatanzwe n’Imana kubw’uyu munsi. Ibyo tubibona mu buryo butandukanye, ibyo ni ukuri. Ni inshuro zingahe Mwene Data Branham yakoze iri gereranya? Twamwumvise mu Bibazo n’Ibisubizo, igihe abantu barimo bavuga kuri Mwene Data Jackson ko ari mu ikosa, yabacyashye kubwo kuba baragize icyo bavuga kuri we no ku itorero rye.

Ndimo gusa kubwiriza binyuze mu buryo bw’uru rwandiko icyo nizera ko ari Inzira yateguwe n’Imana kubw’Ingando ya Branham. Ni bene Data na bashiki bacu. Bakunda Umwami n’ubu Butumwa. Ubwo nibwo buryo bumva Umwami abayoboye. Icyubahiro kibe icy’Uwiteka.

Babibona mu buryo bumwe natwe tukabibona mu bundi buryo ibyo ntacyo bitwaye. Nsinshobora kubibona mu buryo bwabo nabo ntibabibona mu buryo bwanjye. Kuri njye, hariho inzira nyinshi Imana yatanze, ariko hariho INZIRA IMWE GUSA ITUNGANYE, KANDI KURI NJYE, IYO NI UGUKANDAHO BIKAVUGA.

Ndasenga ngo ntaza kumvwa nabi hano. Kurambikaho ibiganza no gusengera abantu bihuye n’Ijambo 100%. Gusiga abantu amavuta no gusengera abarwayi ni Ijambo ry’imana bikurikije Ibyanditswe. Mwene Data Branham yaratubwirije kandi atwigisha ko byombi kuri twe ari Ijambo. Ariko ndashaka INZIRA ITUNGANYE YATANZWE N’IMANA… IZERE GUSA KUKO ARIKO IMANA YAVUZE. Icyo nicyo ndimo mpangana ngo nkore.

Ariko noneho kubijyanye no gukira indwara, ni imbabazi z’Imana ko We, “kubw’imibyimba Ye mwakize indwara.” Noneho, icya mbere Ijambo ni uko rivuga, ibyo bikwiriye kuba bihagije, ariko niba mutizeye mu Ijambo, noneho hari impano mu Itorero, nk’abantu basigiwe kumenya uburyo bwo kwigisha ibyo,abo bazabikugaragariza neza, niko biri, n’ukwizera ko kubyizera.

Nizera mu bukozi butanu. Nizera ko Imana yahamagaye abantu ngo baze babwirize kandi bigishe Ijambo. Ariko, nizera ko kumva Ijwi ry’Imana ku makasete ari INZIRA Y’Imana ITUNGANYE KURI NJYE.

Numva amakasete, ntabwo nkeneye gusobanukirwa, NIZERA GUSA BURI JAMBO NUMVA. Nta muntu, nta mubwiriza, nta handi hantu nashobora kujya aho nshobora kwizera BURI JAMBO maze ngo mpashingire aho ngiye h’Iteka, uretse ku makasete.

Ntibyigeze bibaho mbere guhera mu itangira ry’igihe aho Imana yigeze iha abantu Bayo amahirwe n’ubushobozi bwo kumva ubwabo Ijwi Ryayo rivuga umunwa ku gutwi. Ubwiru bwose burahishurwa ku makasete. Buri kibazo kirasubizwa ku makasete. Buri kintu cyose Umugeni akeneye kugira ngo atungane kiri ku makasete.

Buri jambo ryavuzwe ku makasete ni Ijambo ry’Imana. Nshobora kutabisobanukirwa cyangwa ngo mbe ntashobora gusobanura buri kintu, ndetse ntabwo nkwiriye kubikora. Icyo Insaba ni ukuvuga AMENA KURI BURI JAMBO, kandi ku MAKASETE niho hantu HONYINE nshobora gukora ibyo.

Ariko igihe… igihe bigusaba gufata ikintu gitandukanye, igihe bigusaba guhagarara kucyo wemera ko ari cyo Kuri, aho niho hari igice kigoye; aho niho gukubwa biza, aho nyine.

Nizera hamwe n’ibindimo byose ko turi mu bushake butunganye bw’Imana kandi turi mu nkuge tugana I Nineve. Nakwifuje ko isi iza ikajyana natwe mu nkuge yacu kuri iki Cyumweru I Saa Sita z’Amanywa. Ku isaha y’I Jeffersonvile, mu gihe twumva Imana ivugana n’Abana b’Intama Bayo.

Mwene Data Joseph Branham

Ubutumwa:65-0217 “Umuntu uhunga mu Maso y’Uwiteka”

Ibyanditswe byo gusoma:

Yona 1:1-3
Ijambo ry’Uwiteka ryaje kuri Yona mwene Amitayi riramubwira riti
Haguruka ujye i Nineve wa murwa munini, uwuburire kuko ibyaha byabo birundanije bikagera imbere yanjye.
Ariko Yona arahaguruka ngo acikire i Tarushishi, ahunge Uwiteka. Amanukana i Yopa abona inkuge ijya i Tarushishi, maze atanga ihoro, ajya mu nkuge ngo ajyane n’abandi i Tarushishi, ahunge Uwiteka.

Malaki 4
Dore hazaba umunsi utwika nk’itanura ry’umuriro, abibone bose n’inkozi z’ibibi zose bazaba ibishingwe, maze habe umunsi uzabatwika bashire, ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga, ntuzabasigira umuzi cyangwa ishami.
Ariko mwebweho abubaha izina ryanjye, Izuba ryo gukiranuka rizabarasira rifite gukiza mu mababa yaryo, maze muzasohoka mukinagire nk’inyana zo mu kiraro.
Kandi muzaribatira abanyabyaha hasi, bazaba ivu munsi y’ibirenge byanyu ku munsi nzabikoreraho. Ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga.
Nimwibuke amategeko y’umugaragu wanjye Mose, ayo namutegekeye i Horebu yari ay’Abisirayeli bose, yari amategeko n’amateka.
Dore nzaboherereza umuhanuzi Eliya, umunsi w’Uwiteka ukomeye kandi uteye ubwoba utaragera.
Uwo ni we uzasanganya imitima ya ba se ku bana n’imitima y’abana ku ya ba se, kugira ngo ntazaza kurimbuza isi umuvumo.

Yohana 14:12
Ni ukuri, ni ukuri, ndababwira yuko unyizera, imirimo nkora na we azayikora ndetse azakora n’iyiruta, kuko njya kwa Data.

Luka 17:30
Ni na ko bizamera umunsi Umwana w’umuntu azabonekeraho.