All posts by admin5

26-0426 Kugerageza Gukorera Imana Umurimo Bitari Ubushake Bwayo

Ubutumwa : 65-0718 Kugerageza Gukorera Imana Umurimo Bitari Ubushake Bwayo

BranhamTabernacle.org

Mukundwa Mugeni Ukundwa,

Isaha irakuze. Igihe kiregereje. Icyemezo kigomba gufatwa. Imana irimo kuburira abana Bayo. Uwiteka Imana yacu yamenyesheje kandi Iduhamiriza icyo Ukuri Kwayo kuri cyo binyuze mu Ijambo Ryayo, no mu Mwuka Wayo. Atari kubw’imbaraga, atari kubwo gukomera, ahubwo kubw’ Umwuka Wanjye, kandi Ijambo Ryawe ni Ukuri.

Yahamirije Umugeni mu buryo budakuka ubu ko Yesu Kristo Ari uko Yari Ejo hashize, uyu munsi, ndetse n’iteka. Yatweretse kandi aduhishurira ko Ubutumwa n’intumwa y’igihe ari umwe. Yaduhishuriye ubwiru Bwe bwose bwari bwarahishwe mu Ijambo. Yabiduhamirije akoresheje Umwuka We Wera. Nta kibazo gihari mu bitekerezo byacu, mu mitima yacu n’ubugingo. Ijwi Ryayo ku makasete ni UKU NIKO UWITEKA AVUZE KU MUGENI WAYO.

Imana igihe cyose yagiye yemerera inzira nyinshi kugera kuri Yo. Igahinduramo ubushake Bwayo buhaswe bukaba ubushake Bwayo Butunganye. Kandi Yagiye itanga UBUSHAKE BUTUNGANYE N’INZIRA ITUNGANYE KU BANA BAYO. Abenshi bagerageza kuza mu nzira zitunganye kubwo gukora umurimo w’Imana ariko atari ubushake Bwayo butunganye. Bishobora kugaragara kandi bikumvikana nkaho ari ubushake Bwayo butunganye, ariko ntabwo bihura n’Ijambo Ryayo.
Habe n’umuntu ukomeye, wari warasutsweho amavuta mu mubiri, akaza avuye neza Imbere y’Imana, yagize guhishurirwa ko gukorera Imana ikintu, kandi yashakaga kugikorera Imana, ariko guhishurirwa yari afite kwari gupfuye.

Buri wese muri twe agomba gushaka inzira Yayo yatanze itunganye. Ni gute tuzamenya ko turi mu bushake Bwayo butunganye niba umuntu nyakuri usizwe, uje aturutse imbere y’Imana ako kanya, afite guhishurirwa, niba ari ubushake butunganye bw’Imana?

Hariho INZIRA IMWE YONYINE YO KUBA UZI NEZA, kandi Imana yahaye iyo nzira Umugeni Wayo.

Ijwi ry’Imana Ubwayo ryabwiye iri torero, namwe bantu mwese ku makasete, n’abantu bari ku murongo wa telephone hirya no hino mu bice by’isi, icyo gihe ndetse n’UBU. Yatubwiye kumva neza icyo ryarimo Rivuga, kandi ko TUDASHOBORA KUNANIRWA.

Uko niko mvuze mu Izina rya Yesu Kristo. Ntukongereho ikintu. ntugakureho… gushyira ibitekerezo byawe bwite muri byo. Ujye uvuga gusa ikivuzwe kuri aya makasete. Ukore gusa icyo Uwiteka Imana yawe yagutegetse gukora. Ntukagire icyo wongeraho

Ntabwo yavuze, kandi nta nubwo bisobanuye, ko ababwiriza badashobora kubwiriza Ijambo, abigisha ngo bigishe Ijambo, cyangwa abapasteri cyangwa abahanuzi ngo bakore icyo bahamagariwe gukora; bagomba kubikora, ngomba kubikora. Twarahamagawe kandi dusiigirwa gukora ibyo. Tugomba kwereka abantu kandi tukabasubiriramo ubu Butumwa n’intumwa, kubera ko ni Ijambo ry’igihe cyacu.

Ariko Yatubwiye mu buryo bweruye ko dushobora twese gusigwa, hamwe no gusigwa k’ukuri, tukuzuzwa Umwuka Wera, hamwe no guhishurirwa gushya, nyamara tukaba turi hanze y’ubushake Bwayo. Mu minsi yacu, Yaduhaye INZIRA ITUNGANYE yo kumenya neza ko urimo kumva Ijwi ry’Imana, riturutse ku Mana Bwayo. Niyo nzira YONYINE itunganye.

Ababwiriza ntabwo bagomba gusa gusubiramo no kubwiriza ubu Butumwa, tugomba gucurangira abantu Ijwi ry’Imana riri ku makasete. NTA GUSIGWA GUKOMEYE kwaruta kumva Ijwi ry’Imana. Nta bundi buryo buhari bwo kumenya nta gacu ko gushidikanya ko icyo turimo kumva ari NEZA NEZA Icyo Imana yavuze.

Muri iyi minsi, kurenza uko byigeze biba ikindi gihe mu mateka y’isi, Imana yatanze inzira ku buryo bidashoboka ko Warihusha, niba uri Umugeni Wayo Wagenwe Mbere. Byarahamirijwe kandi bihishurwa binyuze mu Nkingi y’Umuriro Ubwayo kuba ari Ijwi ry’Imana Ubwayo rivuga ridaciye iruhande ribwira Itorero Ryayo.

Mu binyagihumbi byinshi, abana b’Imana bifuje kandi basonzera kumva Ijwi ry’Imana ubwabo. Mbega uburyo bifuje kuba bari bahari cya gihe ubwo Yesu yabwirizaga ibihumbi ku musozi. Kugira ngo bumve uburyo Avuga Ijambo Rye hamwe n’urukundo n’imbabazi. Kugira ngo bumve uburyo Atsindagira buri Jambo. Mbega uburyo ryajyaga kuvugana n’imitima yabo kandi rikayikomeza.

Turi bazima ubu kandi turi n’Imbere y’Imana twumva Ijwi ry’Imana.
Umunsi umwe vuba aha ntabwo tuzongera kugaruka muri ubu bwoko bw’ubuzima indi nshuro. Tuzagaruka nk’ibiremwa bidapfa. Icyaha kizaba cyaramazweho. Satani azaba aboshywe mu myaka igihumbi kandi tuzaba kuri iyi si iyo Uwiteka Imana yacu yaduhaye.

Turuzuye 100%. Ntitwigeze na rimwe tuba abishimye cyangwa abadafite ikibazo mu buzima bwacu. Turi Umwe na We n’Ijambo Rye. Turi Ijambo Rye. TURI MU BUSHAKE BWE BUTUNGANYE KUBWO KUGUMANA N’IJWI RYE, IJAMBO RYAYO. Azagaruka umunsi umwe ubu kugira ngo atujyane hamwe na We.

Urakoze Mwami Yesu!

Umwami Imana yawe yakugaragarije ikiri Ukuri icyo ari cyo. Umwami Imana yawe yahamirije ikiri Ukuri ikoresheje Ijambo Ryayo ndetse ikoresheje Umwuka Wayo. “Si kubw’imbaraga, si kubw’ububasha, ahubwo kubw’Umwuka Wanjye.” Kandi Umwuka… Imana ishaka ko abo bayiramya mu Mwuka no mu Kuri… “Ijambo Ryawe ni Ukuri.” Kandi birahamirijwe byuzuye ko Yesu Kristo ari uko yahoze ejo hashize, uyu munsi, n’iteka. Yaberetse Imbuto za nimugoroba. Yarabibahishuriye mw’Ijambo. Yarabibahamirije binyuze mu Mwuka Wayo.

Hamwe n’umutima wanjye ndatumira buri wese muri mwe kuza kwiyunga n’igice cy’Umugeni Wayo mu gihe duteranira hamwe duturutse hirya no hino ku isi I Saa Sita z’Amanywa. Ku isaha y’I Jeffersonville, kugira ngo twumve Ijwi Ryayo rivuga rinyuriye muri marayika Wayo wa karindwi intumwa kandi atuzanire Ubutumwa: KUGERAGEZA GUKORERA IMANA UMURIMO BITARI UBUSHAKE BW’IMANA 65-0718M.

Mwene So Joseph Branham

Ibyanditswe byo gusoma mbere yo kumva Ubutumwa:

Gutegeka kwa Kabiri 4:1-4
None mwa Bisirayeli mwe, mwumvire amategeko n’amateka mbigisha, muyitondere kugira ngo mubeho, mujye mu gihugu Uwiteka Imana ya ba sekuruza banyu ibaha mugihindūre.
Ntimukōngere ku mategeko mbategeka, ntimukayagabanye mubone kwitondera amategeko y’Uwiteka Imana yanyu mbategeka.
Amaso yanyu yiboneye ibyo Uwiteka yakoreshejwe n’ibya Bāli y’i Pewori, kuko Uwiteka Imana yanyu yarimbuye abantu bose bakurikije ibya Bāli y’i Pewori, ikabakura hagati muri mwe.
Ariko mwebweho, abifatanije n’Uwiteka Imana yanyu muracyariho mwese uyu munsi.

Gutegeka kwa Kabiri 4:25-26
Ubwo muzaba mubyaye abana n’abuzukuru, mukaba mumaze igihe kirekire muri icyo gihugu, nimwiyonona mukarema igishushanyo kibajwe mu ishusho y’ikintu cyose, mugakora icyo Uwiteka Imana yawe ibona ko ari kibi mukayirakaza,
uyu munsi ntanze ijuru n’isi ho abahamya bazabashinja, yuko muzarimbuka vuba, mukarangira mu gihugu mwambuka Yorodani mujyanwamo no guhindūra, ntimuzakimaramo igihe kirekire, ahubwo muzarimbuka rwose.

1 Ingoma 13
Nuko Dawidi ajya inama n’abatware batwara ibihumbi, n’abatwara amagana n’abandi batware bose.
Dawidi abwira iteraniro ry’Abisirayeli ryose ati “Ibi niba mubishima kandi niba bivuye ku Uwiteka Imana yacu, dutume hose kuri bene wacu basigaye mu gihugu cya Isirayeli cyose, no ku batambyi n’Abalewi bari mu midugudu yabo n’ibikingi byabo, kugira ngo bateranire aho turi.
Tujye kugarura isanduku y’Imana yacu muri twe, kuko tutayitayeho ku ngoma ya Sawuli.”
Abahateraniye bose bemera ko bagiye gukora batyo, kuko iyo nama abantu bose bayishimye.
Nuko Dawidi ateranya Abisirayeli bose, uhereye i Shihori ku kagezi ka Egiputa ukageza aharasukirwa i Hamati, kugira ngo bajye kwenda isanduku y’Imana bayikure i Kiriyatiyeyarimu.
Dawidi azamukana n’Abisirayeli bose bajya i Bāla, ari yo Kiriyatiyeyarimu y’Abayuda, kugira ngo bakureyo isanduku y’Uwiteka Imana, ari yo yicara ku Bakerubi ikitwa rya Zina.
Maze baheka isanduku y’Imana ku igare rishya, bayikura mu nzu ya Abinadabu, Uza na Ahiyo barayishorera.
Nuko Dawidi n’Abisirayeli bose biyerekera imbere y’Imana n’imbaraga zabo zose, baririmba bacuranga inanga na nebelu n’amashako n’ibyuma bivuga, bavuza n’amakondera.
Bageze ku mbuga ya Kidoni, Uza arambura ukuboko kuramira isanduku, kuko inka zari zitsikiye.
Uburakari bw’Uwiteka bugurumanira kuri Uza aramwica, kuko yaramburiye ukuboko isanduku, agwa aho ngaho imbere y’Imana.
Dawidi ababazwa n’uko Uwiteka asumiye Uza. Aho hantu ahahimba Peresuza na bugingo n’ubu.
Uwo munsi Dawidi atinya Imana aravuga ati “Najyana nte isanduku y’Imana imuhira iwanjye?”
Nuko Dawidi ntiyacumbukura iyo sanduku ngo ayicyure iwe mu rurembo rwa Dawidi, ahubwo ayinyuza hirya ayicyura mu rugo rwa Obededomu w’Umugiti.
Isanduku y’Uwiteka imara amezi atatu mu bo kwa Obededomu, iri mu rugo rwe. Uwiteka aha umugisha urugo rwa Obededomu n’ibyo yari afite byose.

1 Ngoma 15:15
(Bagezeyo) Abalewi baremērwa isanduku y’Imana, bashyira imijisho yayo ku ntugu zabo nk’uko Mose yategetse, uko ijambo ry’Uwiteka ryari riri.

Zaburi 22
Zaburi iyi yahimbiwe umutware w’abaririmbyi, babwirishaga inanga ijwi ryitwa “Imparakazi yo mu gitondo.” Ni Iya Dawidi. Mana yanjye, Mana yanjye, Ni iki kikundekesheje, Ukaba kure ntuntabare, Kure y’amagambo yo kuniha kwanjye?
Mana yanjye ntakira ku manywa ntunsubize, Ntakira na nijoro simpore.
Ariko uri uwera, Intebe yawe igoswe n’ishimwe ry’Abisirayeli.
Ba sogokuruza barakwiringiraga, Barakwiringiraga nawe ukabakiza.
Baragutakiraga bagakizwa, Barakwiringiraga ntibakorwe n’isoni.
Ariko jyeweho ndi umunyorogoto sindi umuntu, Ndi ruvumwa mu bantu nsuzugurwa na bose.
Abandeba bose baranseka bakanshinyagurira, Barampema bakanzunguriza imitwe bati
Bishyire ku Uwiteka amukize, Abimukuremo kuko amwishimira.
Ariko ni wowe wamvukishije, Wanyiringirishaga nkiri ku ibere rya mama.
Ni wowe naragijwe uhereye mu ivuka ryanjye, Uri Imana yanjye uhereye igihe naviriye mu nda ya mama.
Ntumbe kure kuko amakuba ari bugufi, Kandi ari nta mutabazi.
Amapfizi menshi arangose, Amapfizi y’i Bashani y’amanyambaraga aranzengutse.
Baranyasamiye n’akanwa kabo, Nk’intare itanyagura yivuga.
Nsutswe nk’amazi, Amagufwa yanjye yose arakutse. Umutima wanjye umeze nk’ibimamara, Uyagiye mu mara yanjye.
Intege zanjye zumye nk’urujyo, Ururimi rwanjye rufatanye n’uruhekenyero. Kandi unshyize mu mukungugu w’urupfu,
Kuko imbwa zingose, Umutwe w’abanyabyaha untaye hagati, Bantoboye ibiganza n’ibirenge.
Mbasha kubara amagufwa yanjye yose, Bandeba bankanuriye amaso.
Bagabana imyenda yanjye, Bafindira umwambaro wanjye.
Ariko Uwiteka ntumbe kure, Ni wowe muvunyi wanjye tebuka untabare.
Kiza ubugingo bwanjye inkota, Icyo mfite rukumbi ugikize ubutware bw’imbwa.
Nkiza akanwa k’intare, Waranshubije unkura mu mahembe y’imbogo.
Nzabwira bene Data izina ryawe, Nzagushimira hagati y’iteraniro.
Abubaha Uwiteka mumushime, Mwa rubyaro rwa Yakobo rwose mwe, mumuhimbaze, Mwa rubyaro rwa Isirayeli rwose mwe, mumutinye,
Kuko atasuzuguye umubabaro w’ubabazwa, Habe no kuwuzinukwa, Kandi ntamuhishe mu maso he, Ahubwo yaramutakiye aramwumvira.
Kuri wowe ni ho gushima kwanjye guturuka, Ngushimira mu iteraniro ryinshi, Nzaguhigurira umuhigo wanjye mu maso y’abakubaha.
Abanyamubabaro bazarya bahage, Abashaka Uwiteka bazamushima, Imitima yanyu irame iteka ryose.
Abo ku mpera yose y’isi bazibuka bahindukirire Uwiteka, Amoko yose yo mu mahanga azasengera imbere yawe.
Kuko ubwami ari ubw’Uwiteka, Kandi ari we mutegetsi w’amahanga.
Abakomeye bo mu isi bose bazarya baramye, Kandi abamanuka bajya mu mukungugu bazunama imbere ye, Umuntu wese utabasha gukiza ubugingo bwe gupfa.
Abuzukuruza bazamukorera, Ubuvivi buzabaho buzabwirwa iby’Umwami Imana.
Bazaza babwire abantu bazavuka, Gukiranuka kwe ko ari we wabikoze.

Mariko 7:7
Bansengera ubusa, Kuko inyigisho bigisha ari amategeko y’abantu.’

Yoweli 2:28
Hanyuma y’ibyo, nzasuka Umwuka wanjye ku bantu bose, abahungu banyu n’abakobwa banyu bazahanura, abakambwe banyu bazarota, n’abasore banyu bazerekwa.
Amosi 3:7
Ni ukuri Uwiteka Imana ntizagira icyo ikora itabanje guhishurira abagaragu bayo b’abahanuzi ibihishwe byayo.

Malaki 3
Dore nzatuma integuza yanjye, izambanziriza intunganyirize inzira. Umwami mushaka azāduka mu rusengero rwe, kandi intumwa y’isezerano mwishimana dore iraje. Ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga.
Ni nde uzabasha kwihangana ku munsi wo kuza kwe? Kandi ni nde uzahagarara ubwo azaboneka? Kuko ameze nk’umuriro w’umucuzi, n’isabune y’abameshi.
Kandi azicara nk’ucura ifeza akayitunganya akayimaramo inkamba, azatunganya abahungu ba Lewi, abacenshure nk’uko bacenshura izahabu n’ifeza, maze bazature Uwiteka amaturo bakiranutse.
Maze amaturo y’i Buyuda n’i Yerusalemu azanezeze Uwiteka, nk’uko yamunezezaga mu minsi ya kera no mu myaka yashize.
Kandi nzabegera nce urubanza, nzabanguka gushinja abarozi n’abasambanyi n’abarahira ibinyoma, n’abima abakozi ibihembo byabo, bakarenganya abapfakazi n’impfubyi, bakagirira nabi umunyamahanga kandi ntibanyubahe. Ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga.
Kuko jyewe Uwiteka ntabwo mpinduka, ni cyo gituma abahungu ba Yakobo mutamarwaho.
Uhereye mu bihe bya ba sogokuruza banyu muhora muteshuka, mukareka amategeko yanjye ntimuyitondere. Nimungarukire, nanjye ndabagarukira. Ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga. Nyamara murabaza muti ‘Tuzagaruka dute?’
Mbese umuntu yakwima Imana ibyayo? Ariko mwebwe mwarabinyimye. Nyamara murabaza muti ‘Twakwimye iki?’Mwanyimye imigabane ya kimwe mu icumi n’amaturo,
muvumwa wa muvumo kuko ishyanga ryose uko mungana mwanyimye ibyanjye.
Nimuzane imigabane ya kimwe mu icumi ishyitse mubishyire mu bubiko, inzu yanjye ibemo ibyokurya. Ngaho nimubingeragereshe, ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga, murebe ko ntazabagomororera imigomero yo mu ijuru, nkabasukaho umugisha mukabura aho muwukwiza.
Nzahana indyanyi nyibahora, ntizarimbura imyaka yo ku butaka bwanyu, kandi n’umuzabibu wanyu ntuzaragarika imbuto mu murima igihe cyawo kitaragera. Ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga.
Kandi amahanga yose azabita abanyamahirwe, kuko muzaba igihugu kinezeza. Ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga.
Amagambo mwamvuze yari akomeye, ni ko Uwiteka avuga, nyamara murabaza muti ‘Twakuvuze iki?’
Mwavuze yuko gukorera Imana ari nta mumaro, kandi muti ‘Byatumariye iki ubwo twitonderaga amategeko yayo, tukagendera imbere y’Uwiteka Nyiringabo twambaye ibyo kwirabura?
Noneho abibone ni bo twita abanyamahirwe, ni koko abakora ibyaha barakomezwa, ndetse bagerageza Imana bagakizwa.'”
Maze abubahaga Uwiteka baraganiraga, Uwiteka agatega amatwi akumva, nuko igitabo kikandikirwa imbere ye cy’urwibutso rw’abubahaga Uwiteka bakita ku izina rye.
Uwiteka Nyiringabo aravuga ati “Bazaba abanjye umunsi nzakoreraho bazaba amatungo yanjye bwite, nzabababarira nk’uko umuntu ababarira umwana we umukorera.
Ubwo ni bwo muzagaruka mukamenya gutandukanya abakiranutsi n’abanyabyaha, abakorera Imana n’abatayikorera.

Matayo 11:1-15
Yesu amaze gutegeka abigishwa be cumi na babiri, avayo ajya kwigisha no kubwiriza abantu mu midugudu y’aho.
Ariko Yohana yumviye mu nzu y’imbohe ibyo Yesu akora, atuma abigishwa be ko bamubaza bati
Mbese ni wowe wa wundi ukwiriye kuza, cyangwa dutegereze undi?
Yesu arabasubiza ati “Nimugende mubwire Yohana ibyo mwumvise n’ibyo mubonye.
Impumyi zirahumuka, ibirema biragenda, ababembe barakira, ibipfamatwi birumva, abapfuye barazurwa, abakene barabwirwa ubutumwa bwiza.
Kandi hahirwa uwo ibyanjye bitazagusha.”
Abo bakigenda, Yesu atangira kuvugana n’abantu ibya Yohana ati “Mwagiye mu butayu kureba iki? Urubingo ruhungabanywa n’umuyaga?
Ariko mwagiye kureba iki? Umuntu wambaye imyenda yorohereye? Erega abambara iyorohereye baba mu ngo z’abami!
Ariko mwajyanywe n’iki? Kureba umuhanuzi? Ni koko, kandi ndababwira yuko aruta umuhanuzi cyane.
Uwo ni we wandikiwe ngo ‘Dore ndenda gutuma integuza yanjye mbere yawe, Izakubanziriza igutunganirize inzira.’
Ndababwira ukuri, yuko mu babyawe n’abagore hatigeze kubaho umuntu uruta Yohana Umubatiza, ariko umuto mu bwami bwo mu ijuru aramuruta.
Uhereye ku gihe cya Yohana Umubatiza ukageza none, ubwami bwo mu ijuru buratwaranirwa, intwarane zibugishamo imbaraga.
Kuko abahanuzi bose n’amategeko byahanuye kugeza igihe cya Yohana,
kandi niba mushaka kubyemera, ni we Eliya wahanuwe ko azaza.
Ufite amatwi yumva niyumve.

1 Abakorinto 13:1
Nubwo navuga indimi z’abantu n’iz’abamarayika, ariko singire urukundo, mba mpindutse nk’umuringa uvuga cyangwa icyuma kirenga.

26-0419 Gutoranywa k’Umugeni

Ubutumwa : 65-0429E Gutoranywa k’Umugeni

BranhamTabernacle.org

Mukundwa Mugeni Watoranijwe,

Mu gihe twumva ubu Butumwa, Ugutoranya Umugeni, bamwe baterekeza ko umuhanuzi yarimo avuga gusa kandi atwigisha ibijyanye n’imico n’igihagararo umuntu yakwiriye kwitaho mu gihe atoranya uwo ashaka ko amubera umugore. Ibyo ni ukuri, nibyo yarimo, ariko hariho urwandiko rw’urukundo rwari mu Magambo Ye. Ibyo Yarimo Ihishurira Umugeni Wayo ni ibintu bifite uburebure cyane. Imana yarimo ivugana na We idaciye ku ruhande, ibwira Umugeni icyo yari ikurikiye muri We, n’impamvu Yamutoranije guhera mu itangira. Yashakaga ko Amennya ko Yamutoranije kugira ngo abe UMUGENI WAYO MUKUNDWA W’IGIKUNDIRO, uwo Yashakaga gusangira nawe Iteka Ryayo.

Mu itangira, Imana yarimo ishaka Umugeni wagombaga kugira Umuco umwe n’Uwayo. Umwuka umwe n’Uwayo wagombaga kugaragara muri We. Yashakaga Umugeni yiguriye Ubwayo, n’Ijambo ry’Isezerano Ryayo, kugeza ubwo Ibitekerezo byari muri Yo byagombaga kuba muri We. Agomba gucongwa kimwe n’uko Iri.

Yashakaga ko baba umubiri umwe na We, amagufwa amwe, Umwuka umwe, buri kintu cyose kimwe, neza neza kimwe na Yo. Bombi bagahinduka UMWE.

Umugeni ntashobora kugira mwene iyo mirebere ya Kinyamaswa mu maso ye. Nta nubwo akururana bya gihehesi n’irindi jwi. Yagombaga kuba uw’ukuri n’uwo kwizerwa kuri Yo, icyo undi muntu wese yavuga. Agomba gufatira Imana ku Ijambo Ryayo. Icyo Ivuze cyose, AGOMBA KWIZERA BURI JAMBO, uko igihe byamara bitarasohora cyangana kose, Azabyizera. Azagumana n’Ijambo Ryayo.

Umugeni Agomba Kuyikunda, kandi Yo yonyine. Ntabwo Igombera kumuha ubutunzi bwinshi, umugeni afite Ibuye ry’igiciro gikomeye, Guhishurirwa k’ukuri Kwayo. Agomba kumenya ko, bari UMWE ndetse kimwe. Umwuka Wayo azatura muri We. Icyo Yakenera cyose, Izakimuha, icyo Akwiriye gukora gusa ni ugusaba no kwizera, maze Ikabikora.

Umugeni Arabizi ko Yagiye hashize igihe kinini yagiye kumwubakira inzu izaba irimo buri kintu kijyanye neza n’uko Ashaka no kwifuza kwe. Yarimo ayubaka uburyo buhuye n’uko Umugeni abikunda. Yamenye ko umunsi umwe Izagaruka Kubwe, nkuko Yabiseranye, hanyuma bagire ibirori by’Ubukwe bikomeye mu gihe cy’imyaka igihumbi. Hanyuma, bazajya muri urwo Rugo rwiza Yamwubakiye kugira ngo Ahabe Iteka.

Nta kintu na kimwe gifite agaciro kuri We. Nta kindi kindi azakenera. Agomba kuba anyuzwe kandi asazwe n’umunezero kubwo kugira Guhishurirwa ko kumenya Uwo Iriyo, no Kwimenya uwo ariwe. Agomba kumenya ko Izarinda Ijambo Ryayo. UMUGENI AZABA ANYUZWE, KUBWO KUMENYA KO ARI WE YATORANIJE NGO ABE UMUGENI WAYO.

Bene Data na bashiki bacu, Imana ishobora byose y’Ijuru n’isi Irebeye aho mu Iteka maze IRAGUTORANYA… WOWE NGO UBE UMUGENI MUKUNDWA WATORANIJWE.

Ndabatumira kugira ngo mwiyunge nanjye n’igice cy’Umugeni Wayo kuri iki Cyumweru, mu gihe Umukwe avuga anyuze muri marayika Wayo ukomeye maze akatubwira ko turi Umugeni Wayo Watoranijwe.

Mwene Data Joseph Branham

Ubutumwa : 65-0429E Ugutoranya Umugeni.
Igihe: ni Saa Sita Z’amanywa. Ku isaha y’I Jeffersonville

Ibyanditswe:

Itangiriro 24:12-14
Arasenga ati “Uwiteka Mana ya databuja Aburahamu, ndakwinginze, umpe ihirwe uyu munsi, ugirire neza databuja Aburahamu.
Dore mpagaze ku isoko, abakobwa b’abo mu mudugudu basohotse kuvoma.
Bibe bitya: umukobwa ndi bubwire nti ‘Ndakwinginze, cisha bugufi ikibindi cyawe nyweho’, akansubiza ati ‘Nywaho nduhira n’ingamiya zawe’, abe ari we watoranirije Isaka umugaragu wawe. Ibyo ni byo bizamenyesha yuko ugiriye databuja neza.”

Yesaya 53:2
Kuko yakuriye imbere ye nk’ikigejigeji, nk’igishyitsi cyumburira mu butaka bwumye, ntiyari afite ishusho nziza cyangwa igikundiro, kandi ubwo twamubonaga ntiyari afite ubwiza bwatuma tumwifuza.

Ibyahishuwe 21:9
Haza umwe wo muri ba bamarayika barindwi bari bafite za nzabya ndwi zuzuye ibyago birindwi by’imperuka, avugana nanjye arambwira ati “Ngwino nkwereke umugeni, umugore w’Umwana w’Intama.”

26-0412 Ese Imana Yaba Ihindura Igitekerezo Cyayo Kubijyanye n’Ijambo?

Ubutumwa : 65-0418E Ese Imana Yaba Ihindura Igitekerezo Cyayo Kubijyanye n’Ijambo?

BranhamTabernacle.org

Bakundwa Abagizwe bazima,

Mbega uburyo imitima yacu yazamutse hejuru cyane kimwe n’ibizu muri iy’ impera y’icyumweru ya Pasika. Umunsi nyuma y’undi, gusigwa Kwe kugenda kuba kunini kurushaho. Ubusabane, Ishyingura, Gutungana, hanyuma haza urwego rwo hejuru cyane yatwubakiye binyuze muri: Ni Ukurasa kw’Izuba… ICYUBAHIRO KIBE ICY’UWITEKA, YARAZUTSE kandi ni muzima muri buri umwe wese muritwe. Yarimo aduhishurira Ijambo Rye buri wese muritwe kuruta uko twigeze tubyumva mbere. Gusigwa kuzuye imitima yacu, Kugaragara Kwe Kuzura ikirere; byasaga nk’aho Izamurwa ryegereje.

Yatubwiye ibyabayeho mu myaka 2000 ishize, hanyuma atwereka ibirimo biba mu 2026. Yesu niwe wari Ingano ya mbere y’Imana yazutse mu bapfuye. Yazutse bikozwe n’Imbaraga z’Imana zitanga Ubuzima. Imana yazuye Ubuzima Bwe, Yaramuzuye imukura mu bapfuye, kandi Yari imbuto ya mbere muri abo basinziriye. Yari Uwa mbere wageze ku bukure, Umuba w’Imana wazungujwe nk’urwibutso rw’ituro ry’ishimwe ry’Imana, mu kwizera ko abasigaye bo muri twe bagomba kuza. Cyari ikimenyetso.

HANYUMA ADUHISHURIRA IBIRIMO KUBA UYU MUNSI. Nkuko Yajungujwe hejuru ku Munsi wa Pantekote igihe hazaga ku bantu ijwi rivuye mu Ijuru rimeze nk’umuriri, nk’umuyaga uhuha cyane. Wagomba kongera kuzunguzwa bundi bushya imbere y’abantu nkuko Yasezeranye muri Luka 17:30 na Malaki 4, igihe umwana(S-o-n) w’umuntu azahishurwa akongera kuzuguzwa hejuru y’abantu.

Nonese, Umwana w’umuntu ni Nde? «Mbere na mbere hariho Jambo, kandi Jambo yahoranye n’Imana, kandi Jambo yari Imana. Kandi Jambo yabaye Umuntu aturana na twe.» Kandi niba rero, izi nyigisho twahawe, n’ihamirizwa ry’Ijambo ry’Imana: ku bw’Ijambo ry’Imana, ku bw’ibimenyetso, ku bw’ibitangaza, tubona uyu munsi, ibyo biri mu Gitabo cya… cya Luka hano, ibyo twakomeje tuvugaho, cyangwa muri… muri Luka igice cya 17 n’umurongo wa 30; no muri Malaki 4, no mu bice bitandukanye by’Ibyanditswe tuzi, y’uko rya Jambo indi nshuro rirazunguzwa hirya no hino hejuru y’abantu, ryerekana ko imigenzo ipfuye y’umuntu yapfuye rwose, kandi ko Umwana w’Imana akiri muzima binyuze mu mubatizo w’Umwuka Wera hagati yacu, kandi arimo kuduha Ubuzima.

Umwuka Wera wakomeje kuzunguza umuba azunguza hejuru yacu, Agenda Arushaho guhishura Ijambo Rye… Imbaraga, mekanike, imbaraga zizura…

Hanyuma, igihe byasaga nkaho bitashobora kuba binini kurushaho, Yaratubwiye ngo:

Yarandetse ndeba hakurya y’inyegamo, maze ndababona mwese hariya… Abo wakunze bose, n’abagukunze bose, urabahawe.” Murabona? Narababonye bose hariya nka gutya. Byari ibiki? Imbaraga z’umuzuko

YATUBONYEYO HARIYA!! Hakurya y’inyegamo yigihe… twariyo HARIYA hamwe nawe; abo dukunda bose bambutse hakurya mbere yacu… ba papa, ba mama, abana, twariyo hariya hamwe nabo ndetse n’abo bose tutigeze duhura nabo: Mose, Eliya, Petero, Pawulo… twese twari hamwe hariya.

Noneho, kimwe n’uburyo Umwuka Wera dukunda uko Ari,  Ntabwo Yashakaga kutwibagirwa twebwe abarwaye, abihebye n’abacitse intege, noneho Yazungujwe hejuru yacu Ubwe indi nshuro kugira ngo buri wese abashe gukira buri cyose dukeneye.

 Aba bantu dusangiye Ubwami, bafite Imbaraga z’umuzuko, Zigaragaze kuri bo, Mwami, none aha. Kandi Umwuka ave ku kizu ajya ku kindi, Ave ku Ijambo ajya ku rindi, kugeza ubwo igihagararo cyuzuye cya Yesu Krisito kigaragarira muri buri wose muri iyi mibiri, mu buryo bw’umubiri, mu buryo bw’umwuka, cyangwa icyo baba bakeneye cyose, mu gihe turambikanaho ibiganza umwe ku wundi. Mu Izina rya Yesu Krisito.

Iryo Jambo, Iryo Jwi. BURI KINTU dukeneye kiri ku makasete, Umugeni. Imana ntabwo ijya ihindura ibitekerezo Byayo kubijyanye n’Ijambo Ryayo. Nta n’agace na gato cyangwa akantu gato gashobora guhinduka, rero Yaremye inzira Umugeni We ashobora kumvamo bakoresheje amatwi yabo bakumva NEZA NEZA icyo Yashaka kubabwira.

Imana yavuganye n’Umugeni Wayo maze Imuhishurira BURI KINTU. Byafashwe amajwi. Umugeni agomba kuza ku Mukwe; iyo ni Inzira Yayo itunganye Yatanzwe igakorwa kubw’uyu munsi. Ni UKU NIKO UWITEKA AVUZE.

Ese Imana yigeze ihindura Ibitekerezo Byayo kubijyanye n’Ijambo Ryayo? OYA. Igira UBUSHAKE BUTUNGANYE, N’UBUSHAKE BUHASWE. Umugeni agomba kuba mu BUSHAKE BUTUNGANYE. Nta Bushake butunganye, cyangwa ahantu hatunganye, haruta kumva Ijwi ry’Imana rije ako kanya riturutse ku Mana Ubwayo.

Ubutumire Bwacu kuri buri umwe wese muri twe ni ukwiyunga kuri iki Cyumweru I Saa Sita z’Amanywa ku isaha y’I Jeffersonville, kugira ngo twumve Ijwi ry’Imana rituzanira ijambo Ritunganye. Nta gukekeranya bikenewe, icara inyuma maze uvuge AMENA KURI BURI JAMBO… Nta handi hantu ibyo byashobora gukorwa, uretse binyuze MUGUKANDAHO BIKAVUGA.

Mwene Data Joseph Branham

Ubutumwa: 65-0418E– Ese Imana Ijya Ihindura Igitekerezo Cyayo Kw’Ijambo Ryayo

Tuributangirire ku gice cya 61.

Ibyanditswe byo gusoma mbere yo kumva Ubutumwa:

Kuva igice cya 19

Mu kwezi kwa gatatu Abisirayeli bavuye mu gihugu cya Egiputa, kuri uwo munsi bagera mu butayu bwa Sinayi.

Bavuye i Refidimu bageze mu butayu bwa Sinayi, babubambamo amahema. Ni ho Abisirayeli babambye amahema, imbere y’umusozi.

Mose arazamuka ngo ajye aho Imana iri, Uwiteka ari ku musozi amubwira amutera amagambo ati “Uko abe ari ko ubwira inzu ya Yakobo, ubu butumwa abe ari bwo ubwira Abisirayeli uti

‘Mwabonye ibyo nagiriye Abanyegiputa, kandi uko naramije mwe amababa nk’ay’ikizu nkabizanira.

None nimunyumvira by’ukuri, mukitondera isezerano ryanjye muzambera amaronko, mbatoranije mu mahanga yose kuko isi yose ari iyanjye,

kandi muzambera ubwami bw’abatambyi n’ubwoko bwera.’Ayo abe ari yo magambo ubwira Abisirayeli.”

Mose araza ahamagara abakuru b’abantu, abazanira ayo magambo yose Uwiteka yamutegetse.

Abantu bose bamusubiriza icyarimwe bati “Ibyo Uwiteka yavuze byose tuzabikora.” Mose ashyira Uwiteka amagambo y’abantu.

Uwiteka abwira Mose ati “Dore ndaza aho uri ndi mu gicu gifatanye, kugira ngo abantu bumve mvugana nawe maze bakwemere iteka ryose.” Mose abwira Uwiteka amagambo y’abantu.

Uwiteka abwira Mose ati “Jya ku bantu ubeze none n’ejo, bamese imyenda yabo,

uwa gatatu uzasange biteguye, kuko ku munsi wa gatatu Uwiteka azamanukira imbere y’ubwo bwoko bwose ku musozi Sinayi.

Ubashyirireho urugabano rugota uyu musozi impande zose, ubabwire uti ‘Mwirinde mwe kuzamuka ku musozi cyangwa gukora ku rugabano rwawo. Uzakora kuri uyu musozi no kwicwa azicwe.

He kugira ukuboko kumukoraho, ahubwo bamwicishe amabuye cyangwa bamurase imyambi, naho ryaba itungo cyangwa umuntu cye kubaho.’Ihembe nirivuga ijwi rirandaze, bazamuke bigire ku musozi.”

Mose aramanuka ava kuri uwo musozi, aza ku bantu arabeza, bamesa imyenda yabo.

Abwira abantu ati “Umunsi wa gatatu uzasange mwiteguye, ntimuterane n’abagore banyu.”

Ku wa gatatu mu gitondo inkuba zirakubita, imirabyo irarabya, igicu gifatanye kiba kuri uwo musozi. Ijwi ry’ihembe rirenga cyane rirumvikana, abantu bose bari mu ngando z’amahema bahinda imishyitsi.

Mose azana abantu akuye mu ngando gusanganira Imana, bahagarara munsi y’uwo musozi.

Umusozi wa Sinayi wose ucumba umwotsi, kuko Uwiteka yawumanukiyeho aje mu muriro. Umwotsi wawo ucumba nk’uw’ikome, umusozi wose utigita cyane.

Ijwi ry’ihembe rirushijeho kurenga Mose aravuga, Imana imusubirisha ijwi.

Uwiteka amanukira ku musozi wa Sinayi, ku mutwe wawo. Uwiteka ahamagara Mose ngo azamuke ajye ku mutwe w’uwo musozi, Mose arazamuka.

Uwiteka abwira Mose ati “Manuka, utegeke abantu be gutwaza ngo bajya aho Uwiteka ari kumwitegereza, benshi muri bo bakarimbuka.

Kandi n’abatambyi bigire hafi y’Uwiteka bīyeze, kugira ngo Uwiteka atabagwira.”

Mose abwira Uwiteka ati “Abantu ntibabasha kuzamuka kuri uyu musozi wa Sinayi, kuko ubwawe wadutegetse uti ‘Ugoteshe uyu musozi urugabano, uweze.'”

Uwiteka aramubwira ati “Genda umanuke maze uzamukane na Aroni, ariko abatambyi n’abantu be gutwaza ngo baze aho Uwiteka ari, kugira ngo atabagwira.”

Nuko Mose aramanuka ajya aho abantu bari, arabibabwira.

Kubara 22:31

Maze Uwiteka ahwejesha amaso ya Balāmu, abona marayika w’Uwiteka ahagaze mu nzira, akuye inkota ayifashe mu ntoki. Arunama, yikubita hasi yubamye.

Matayo 28:19

Nuko mugende muhindure abantu bo mu mahanga yose abigishwa, mubabatiza mu izina rya Data wa twese n’Umwana n’Umwuka Wera,

Luka 17:30

Ni na ko bizamera umunsi Umwana w’umuntu azabonekeraho.

Ibyahishuwe igice cya 17

Haza umwe wo muri ba bamarayika barindwi bari bafite za nzabya ndwi arambwira ati “Ngwino nkwereke iteka maraya ukomeye azacirwaho, yicara ku mazi menshi.

Ni we abami bo mu isi basambanaga na we, abari mu isi bagasinda inzoga ari zo busambanyi bwe.”

Anjyana mu butayu ndi mu Mwuka, mbona umugore yicaye ku nyamaswa itukura yuzuye amazina yo gutuka Imana, ifite imitwe irindwi n’amahembe cumi.

Uwo mugore yari yambaye umwenda w’umuhengeri n’uw’umuhemba. Yari arimbishijwe n’izahabu n’amabuye y’igiciro cyinshi n’imaragarita, mu intoki ze yari afite igikombe cy’izahabu cyuzuye ibizira n’imyanda y’ubusambanyi bwe.

Mu ruhanga rwe afite izina ry’amayoberane ryanditswe ngo BABULONI IKOMEYE, NYINA W’ABAMARAYA, KANDI NYINA W’IBIZIRA BYO MU ISI.

Mbona ko uwo mugore asinze amaraso y’abera n’amaraso y’abahōwe Yesu. Mubonye ndatangara cyane.

Marayika arambaza ati “Ni iki kigutangaje? Reka nkumenere ibanga ry’uriya mugore n’iry’inyamaswa imuhetse, ifite imitwe irindwi n’amahembe cumi.

Iyo nyamaswa ubonye yahozeho nyamara ntikiriho, kandi igiye kuzamuka ive ikuzimu ijye kurimbuka. Abari mu isi amazina yabo atanditswe mu gitabo cy’ubugingo, uhereye ku kuremwa kw’isi, bazatangara babonye iyo nyamaswa yahozeho ikaba itakiriho, kandi ikazongera kubaho.

Aha ni ho hakwiriye ubwenge n’ubuhanga. Iyo mitwe irindwi ni yo misozi irindwi uwo mugore yicaraho.
Kandi ni yo bami barindwi: abatanu baraguye, umwe ariho undi ntaraza, kandi naza azaba akwiriye kumara igihe gito.
Ya nyamaswa yariho ikaba itakiriho, iyo ubwayo ni uwa munani, nyamara kandi ni umwe muri ba bandi barindwi kandi arajya kurimbuka.
Ya mahembe cumi wabonye ni yo bami cumi batarīma, ariko bahabwa gutegekera hamwe na ya nyamaswa nk’abami kumara isaha imwe.

Abo bahuje inama, baha ya nyamaswa imbaraga zabo n’ubutware bwabo.

Bazarwanya Umwana w’Intama, ariko Umwana w’Intama azabanesha, kuko ari we Mutware utwara abatware n’Umwami w’abami, kandi abari hamwe na we bahamagawe batoranijwe bakiranutse na bo bazayinesha.”

Nuko arambwira ati “Ya mazi wabonye wa maraya yicaraho, ni yo moko n’amateraniro y’abantu n’amahanga n’indimi.

Ya mahembe cumi wabonye na ya nyamaswabizanga maraya uwo, bimunyage bimucuze birye inyama ze, bimutwike akongoke.

Kuko Imana yashyize mu mitima yabyo gukora ibyo yagambiriye, no guhuza inama no guha ya nyamaswa ubwami bwabyo, kugeza aho amagambo y’Imana azasohorera.

Wa mugore wabonye ni we wa mudugudu ukomeye utegeka abami bo mu isi.

Pasika 2026 – Igaburo Ridasanzwe n’Amateraniro yo Kozanya Ibirenge

Bakundwa Nshuti Benegihugu B’Ubwami,

Iyi Pasika yasezeranwe kuba Pasika ikomeye kurusha izindi Umugeni yigeze agira. Twagumye imbere y’Umwana, turakomera, tumenya abo turibo. Kuzura kwa Yesu Kristo kurimo kuragaraga muri buri umw’umwe wese muri twe mu Ijambo Rye, Ijwi Rye, ririmo rirangurura, Ikizu ku kizu, riduhamagara kujya mu Birori by’Ubukwe Bwacu.

Buri mwaka muri iki gihe Umugeni aba ategerezanyije amatsiko kuza kw’impera y’icyumweru ya Pasika. Umwanya ubwo aduteraniriza hamwe duturutse hirya no hino ku isi mu minsi ine ikurikiranye, tumuhimbaza, tumushimira, tumuramya; kubera ko Yaduhagurukije kandi akaba aba muri buri wese muri twe. Umukwe n’Umugeni barimo barahinduka UMWE.

Arimo araduha iki gihe kidasanzwe kugira ngo dukingiranire hanze ibintu byose by’isi bituzengurutse hanyuma tumarane igihe hamwe na We. Nta birangaza by’isi, mu gihe turimo turema isi yacu hamwe na We. Dukinga imiryango yacu, tukazimya ibyuma byacu by’ikoranabuhanga n’ikindi kintu cyose kirangaza kitujyana kure Ye.

Icyifuzo gikomeye buri wese muri twe afite ni ukumwegera kurushaho. Turashaka kubaho ubuzima bumwiyeguriye kurashaho; kugira ngo turusheho igihe cyose kubaho mu bushake Bwe butunganye. Tukaba twiteguye Kuza Kwe. Nta kintu gihari muri iyi si, cyangwa mu buzima bwacu, cyaba icya gaciro kurusha ibi.

Yaduhaye amahirwe akomeye yo kugira ngo tumarane igihe hamwe na We, kugira ngo tuganire kandi tumutekerezeho. Kugira ngo twinjire mu bwiza Bwe maze dufungurire imitima yacu kuri We. BIRABA ARI UGUHINDURA UBUZIMA KU MUGENI WE!

Arabizi ko bishobora kuba bigoye kuri bamwe muri mwe mufite abana, imiryango, n’izindi nshingano dufite, ariko nituramuka dukoresheje buri sogonda ryose tubonye ngo tuvugane na We, tumwegere kurushaho, dufungurire imitima yacu kuri We, haraza kubaho impinduka zikomeye mu migendere yacu hamwe na We, kugeza ubwo tuza kuba tutakiri uko twari turi.

Nkuko Yabikoze mu gihe cya Mose igihe Yajyanaga abana Be mu mazu yaho, amaraso yarasizwe kandi barimo bitegura ubwabo kubwo Gusohoka; rero uko niko iyi mpera y’icyumweru ya Pasika idasanzwe Yateguwe kuba kuri buri wese wo muri twe.

[Gahunda Yacu iraza kuba muri ubu buryo:]

KUWA KANE

Hari Kuwa Kane nijoro ubwo Umwami Yesu yafashe Ifunguro Rya Nyuma hamwe n’abagishwa Be, mu kwibuka Pasika mbere yo gusohoka kw’abana b’Isiraheri. Mbega amahirwe dufite gusabana hamwe n’Umwami mu mazu yacu, mbere y’impera y’icyumweru yacu ihawe umugisha, ndetse tukamusaba kutubabarira ibyaha byacu, kandi akaduha ibyo dukeneye byose mu rugendo rwacu.

Data wo Mu ijuru, turanezerewe kubw’ibi, ikindi gihe cyo guteranira hamwe, kuri uruhande rw’Iteka. Kandi dutegereje iki gitondo kubwo kuvugururwa kw’imbaraga  zije ziturutse kuri Wowe, kudutera umwete kubw’urugendo rudutegereje. Turateranye nk’uko abana b’Abaheburayo babikoze muri ibyo bitondo kare, kugira ngo bakire manu yabaga yatanzwe kubwabo mu ijoro, kugira ngira ngo ibongerere imbaraga mu munsi ukurikiyeho. Turateranye kubwa Manu y’umwuka, iki gitondo, duhe imbaraga kubw’urugendo.

Reka duteranire hamwe twese ku isaha ya Saa Kumi n’Ebyiri z’umugoroba ku masaha y’iwanyu kugira ngo twumve Ubusabane 62-0204, kandi noneho umuhanuzi aratwinjiza mu materaniro yacu y’Ubusabane budasanzwe no Kozanya Ibirenge ku musozo w’iyi kasete, ariyo iraza kuba icurangwa kuri Lifeline app (mu cyongereza), cyangwa mushobora kumanura amateraniro mu Cyongereza cyangwa mu zindi ndimi kubwo gukanda ku murongo uri munsi.

KUWA GATANU

Reka twinjire mu masengesho hamwe n’imiryango yacu I saa  Tatu za mugitondo, kandi nyuma nanone I Saa Sita z’amanywa, dutumire Umwami kuba hamwe natwe kandi yuzuze ingo zacu Umwuka Wera mugihe tumwiyegurira ubwacu.

Reka ibitekerezo byacu bigaruke kuri wa munsi I Karuvari mu myaka 2000 ishize, kandi turebe Umukiza wacu amanitse ku musaraba. Reka twibuke igiciro gikomeye Yishyuye kubwacu. Yari Umwana w’Imana utagira icyaha, ariko yagombye kubabara kurusha uko undi muntu wese yaba yarigeze ababara, kubera ibicumuro byacu byari bishyizwe kuri We.

Yagombye kumwohereza ikuzimu aciriweho iteka (murabona?), kubera ko yatwaye ibicumuro byacu. Kandi Kristo yapfuye, atari nk’umukiranutsi, Kristo yapfuye nk’umunyabyaha. Murabona? Kristo Ubwe ntiyigeze akora icyaha, ariko Yishyizeho ibicumuro byacu Ubwe.

Hanyuma Saa Sita n’Igice z’Amanywa, reka tujye hamwe mu ngo zacu kugira ngo twumve 57-0419 Gutungana.

Noneho reka tuze kongera kujya hamwe mu masengesho ako kanya nyuma y’amateraniro, mu kwibuka kubambwa k’Umwami wacu.

KUWA GATANDATU

Reka twongere tujye hamwe indi nshuro twese mu masengesho I Saa Tatu za mugitondo na Saa Sita z’Amanywa, maze dutegure imitima yacu kubw’ibintu bikomeye Aribukore kubwacu hagati muri twe.

Nshobora kumwumva Avuga ati: “Satani, ngwino hano!” Ubu ni Shebuja. Ahageze afata urufunguzo rw’urupfu n’ukuzimu, arushyira ku mushumi we. Ati “Ndashaka kukumenyesha ko. Wabaye kadahumeka igihe kirekire bihagije. Ndi Umwana wavutse ku isugi w’Imana nzima. Amaraso yanjye aracyatose ku musaraba, kandi umwenda wose warishyuwe! Nta burenganzira ugifite. Uranyazwe. Mpa izo mfunguzo!”

Hanyuma Saa Sita n’Igice z’Amanywa, turaza kujya hamwe twese kugira ngo twumve Ijambo: 57-0420 Gushyingurwa.

Mbega ukuntu uyu uza kuba UMUNSI UTAZIBAGIRANA ku Mugeni We hirya no hino ku isi.

Rero reka tujye hamwe twese mu masengesho ako kanya nyuma y’amateraniro.

KUCYUMWERU

Reka mbere yabyose tubyuke kare nkuko Mwene Data Branham yabikoze mu gihe iyi nshuti nto, ifundi, yamubyukije saa Kumi n’Imwe Za Mugitondo. Reka dushimire Uwiteka kubwo kuzura Yesu mu bapfuye:

Saa kumi n’imwe z’iki gitondo, agacuti kanjye k’ifundi (ifite agatorero k’umutuku) kahagaze ku idirishya ryanjye maze karankangura. Twajyaga kuvuga ko agatima kako kari kasabwe n’ibyishimo, kavuga kati: “Yazutse.”

I Saa Tatu Za Mugitondo reka tujye hamwe indi nshuro mu murongo w’amasengesho, dusengera buri umwe kuwundi kandi twitegura ubwacu kumva Ijwi ry’Imana.

I Saa Tatu n’Igice za Mugitondo, turajya hamwe kugira ngo twumve Ubutumwa bwa Pasika: 65-0418M Ni Ukurasa kw’Izuba.

I Saa Sita z’Amanywa turazamura amajwi yacu kuri We tumushimira kubw’Imbaraga Zizura.

I Saa Cyenda z’Igicamunsi, reka twongere tujye hamwe mu masengesho, tumushimira kubw’IMPERA Y’ICYUMWERU ITANGAJE YADUHAYE HAMWE NA WE KANDI HAMWE N’UMUGENI WE HIRYA NO HINO KU ISI.

Kuri bene Data na bashiki bacu bari hakurya y’inyanja, kimwe n’umwaka ushize, ndashaka kubatumira kugira ngo mwiyunge hamwe na twe ku isaha y’I Jeffersonville, twese hamwe mu bihe byo gusenga kuri iyi gahunda. Ndabona ko n’ubwo bimeze bityo, gukurikira Kasete Kuwa Kane, Kuwa Gatanu, no Kuwa Gatandatu nyuma ya Saa Sita ku I Saha y’I Jeffersonville bishobora kuza kugorana kuri benshi muri mwe, rero ndabasabye mwumve mubohotse muze kumva ubwo Butumwa ku isaha ibabereye. Ariko ndifuza ko twaza kujya hamwe twese kuri iki Cyumweru Saa Tatu za mu gitondo ku Isaha y’I Jeffersonvile, kugira ngo twumvire hamwe Ubutumwa Bwacu bwo Kucyumweru.

Ndifuza kandi kubatumira mwe n’abana banyu gukurikira Creations Projects (ibiganiro by’abana),  ibinyamakuru, n’uburyo bwo gutegura ifunguro, ibyo umuryango wose ubasha kwishimira. Turatekereza ko muza kubikunda kubera ko byose bishingiye ku IJAMBO  tuzumva muri iyi mpera y’icyumweru.

Kubijyanye na gahunda y’impera y’icyumweru, amakuru yo gutegura  amateraniro y’Igaburo, ibikoresho biza gukenerwa kubwa Creations projects (Ibiganiro by’abana), n’andi makuru, urareba ku mirongo iri munsi.

Reka tuzimye telephone zacu kubw’impera y’icyumweru ya Pasika uretse gusa gufata amafoto, gusoma Imirongo y’Umunsi, no gucuranga Kasete ku mirongo ya the Table, the Lifeline, cyagwna indi mirongo yo kumanuriraho.

Ni iby’icyubahiro cyane kuri njye kubatumira n’imiryango yanyu kuza hamwe n’Umugeni wo hirya no hino ku isi kubw’impera y’icyumweru yuzuye GUHIMBAZA, KURAMYA NO GUKIRA INDWARA. Ndabyizeye nyakuri ko ari impera y’icyumweru izaguhindura ubuzima bwawe by’iteka.

Mwene Data Joseph Branham

26-0329 Uyu Melikisedeki ninde?

Ubutumwa : 65-0221E Uyu Melikisedeki ninde?

BranhamTabernacle.org

Mukundwa Mugeni Bugingo Buhoraho

Ninde nyir’Ijwi rivugana natwe ku makasete?

Twashobora kumenya igisubizo kuri icyo kibazo binyuze mu Guhishurirwa kuvuye ku Mana. Umugeni Wayo wagenwe mbere wenyine niwe uzagira uko Guhishurirwa. Kubw’ibyo, tugomba gushaka mu Ijambo Ryayo kugira ngo dusobanukirwe uwo Avuga ko ariwe: Umusobanuzi wenyine w’Ijambo Ryayo. Uwo umena kandi agahishura Ibimenyetso Birindwi ni nde? Uwo ugomba guhishura amabanga yose ahishwe ya Bibiliya ninde? Ninde ugomba guhamagarira Umugeni We gusohoka kandi Akamuyobora? Ugomba kugira Ijwi ritibeshya ninde?

Dukurikije Ijambo, ntawundi utari Melikisedeki Ubwe. Umugabo udafite Se ntagire nyina, Uwo udafite itangiriro n’iherezo ry’iminsi. Imana, Yahindutse umubiri maze irya inyama n’umutsima w’ibigori, kandi inywa amata, ndetse ivugana n’Abrahamu. Yari umuntu ufite kamere imuranga, utuye mu mubiri w’umuntu.

Iryo Jambo rimwe ryavuze ko Melikisedeki, uwo Muntu, iyo kamere imuranga, Azongera abeho kandi yihishure Ubwe indi nshuro mu mubiri w’umuntu neza neza nkuko yabikoze kuri Abrahamu, noneho byabayeho indi nshuro muri Yesu Kristo, ariko uyu munsi, ni muri marayika Wayo wa karindwi intumwa yo mu Byahishuwe 10:7

Umwuka We wagombaga kwinjira byuzuye muri iriya ngando yo kw’isi kugira ngo Ashobore Ubwe kuvuga no kwihishurira Umugeni We. Imana Ubwayo iba kandi ikavugira mu mubiri w’umuntu. Imbuto Yayo ya mbere igaruwe kuburyo bwuzuye igeze kubukure bwuzuye. Umugambi wuzuye w’Imana warageze; Imana n’umuntu bari Umwe. Imana yarimo ivugana n’Umugeni Wayo umunwa ku gutwi nkuko Yabikoze kuri Abrahamu.

Yarinjiye kandi Itura mu Muntu witwa Melikisedeki. Hanyumaナ Ntitwongeye kumva bavuga Melikisedeki ukundi, kuko Yahindutse Yesu Kristo. Melikisedeki yari Umutambyi, ariko Yahindutse Yesu Kristo. Rero mwebwe ibyo mwabiciye iruhande, kubera ko we muri iyo shusho, Yari azi ibintu byose. Kandi mwe ntimurashobora kubimenya nanubu.

NANUBUナ!! Nonese twe turi bande?

Amaso yacu, igihagararo cyacu, icyo twaricyo cyose, twari mu bitekerezo ku itangira. Mbere y’uko habaho Marayika, inyenyeyeri, Abakerubi, cyangwa ikindi kintu cyose. Yarabitekereje, Irabivuga, kandi ngaha aho turi.

Ibi ni ukuba Itagira iherezo. Ntidushobora kubyumva mu bwenge bwacu, ariko Iyo ni Imana, Imana itagira iherezo.

Kubera ko twari muri We ku itangira, ni iki kitubaho nyuma y’uko ubu buzima bupfa bwa hano ku isi burangiye?

Kandi igihe iyi kanzu y’umubiri iguye, hari umubiri usanzwe, tewofaniya aho tujya, umubiri utarakozwe n’amaboko y’abantu kandi utarabyawe n’umugore. Hanyuma, uwo mubiri ugaruka gushaka umubiri w’ubwiza.

Mbega ibintu bitangaje biri mu bubiko kubw’Umugeni We. Murebe ibirimo kubaho ubungubu mu gihe Irimo Iduhishurira Ijambo Ryayo kuruta uko byigeze biba mbere. Ibwira Umugeni Wayo iby’urwandiko rw’urukundo! Mbega umunsi turi kubamo.

Dufite Guhishurirwa kandi tuziko ari Melikisedeki, Ijwi ry’imana rivugana natwe ku makasete. Dufite Guhishurirwa ko ari ubushake butunganye kandi bwatanzwe n’Imana kubw’uyu munsi. Kubw’ibyo, TUZI UWO ARIWE KANDI TUZIKO TURI UMUGENI WE.

Uko Guhishurirwa kugenda gukura umunsi kuwundi. Buri uko munsi utambutse urashaho kutuzanira umunezero uruseho, Guhishurirwa kuruseho. Umugeni arimo aritegura Ubwe binyuze mu kwicara imbere y’Ijwi Ryayo, mu gihe Atubwira Abo turibo, ni uburyo ki Adukunda, uburyo ki akumbuye cyane kubana Natwe!!!

Ngwino, witegure ubwawe Isasita z’amanywa ku isaha y’I Jeffersonville, kubw’ibigiye kubaho, mu gihe twumva Ijwi rya Melikisedeki.

Mwene Data Joseph Branham

Ubutumwa: 65-0221E “Uyu Melikisedeki ninde?”

Ibyanditswe byo gusoma:

Itangiriro igice cya 18
Uwiteka abonekera Aburahamu kuri bya biti byitwa imyeloni bya Mamure. Yari yicaye mu muryango w’ihema rye ku manywa y’ihangu,
yubura amaso abona abagabo batatu bahagaze imbere ye, ababonye ava mu muryango w’ihema arirukanka arabasanganira, yikubita hasi
aravuga ati “Databuja, niba nkugiriyeho umugisha, ndakwinginze we kunyura ku mugaragu wawe,
ahubwo bazane utuzi mwoge ibirenge muruhukire munsi y’igiti,
kandi nanjye mbazanire utwo kurya mwice isari, mubone kugenda ubwo muje ku mugaragu wanyu.” Baramusubiza bati “Ubigenze uko uvuze.”
Aburahamu arihuta yinjira mu ihema, asanga Sara aramubwira ati “Tunganya vuba indengo n’umucagate by’amafu meza, uvugemo imitsima.”
Aburahamu arirukanka ajya mu bushyo, azana ikimasa cyoroshye cyiza agiha umusongozi we, arihuta aragiteka.
Yenda amavuta n’amata n’inyama z’icyo kimasa yatetse abishyira imbere yabo, abahagarara iruhande munsi ya cya giti bararya.
Baramubaza bati “Sara umugore wawe ari he?” Arabasubiza ati “Ari mu ihema.”
Undi aramubwira ati “Iki gihe cy’umwaka nikigaruka, sinzabura kugaruka aho uri, Sara umugore wawe abyare umuhungu.” Sara abyumva ari mu muryango w’ihema uri inyuma ye.
Aburahamu na Sara bari bashaje, bageze mu za bukuru, kandi Sara ntiyari akijya mu mihango y’abakobwa.
Sara asekera mu mutima ati “Ko maze gukecura, nzanezerwa ntyo kandi umutware wanjye akaba ashaje?”
Uwiteka abaza Aburahamu ati “Ni iki gishekeje Sara, akibaza ati ‘Ni ukuri koko nzabyara, nkecuye?’
Hari ikinanira Uwiteka se? Mu gihe cyashyizweho, iki gihe cy’umwaka nikigaruka nzakugarukaho, Sara abyare umuhungu.”
Maze Sara arahakana ati “Sinsetse”, kuko yatinyaga. Aramusubiza ati “Oya, urasetse.”
Abo bagabo barahaguruka baragenda, berekeza amaso i Sodomu, Aburahamu arabaherekeza.
Uwiteka aribaza ati “Aburahamu namuhisha icyo ngiye gukora?
Kuko Aburahamu atazabura guhinduka ubwoko bukomeye bw’ubunyamaboko, kandi amahanga yose yo mu isi azaherwa umugisha muri we.
Kuko icyatumye mumenya, ari ukugira ngo ategeke abana be n’abo mu rugo rwe bazakurikiraho, gukomeza mu nzira y’Uwiteka, bakora ibyo gukiranuka baca imanza zitabera, kugira ngo Uwiteka azanire Aburahamu ibyo yamuvuzeho.”
Uwiteka aravuga ati “Ubwo gutaka kw’abarega i Sodomu n’i Gomora ari kwinshi, ibyaha byaho bigakabya cyane,
ndamanuka ndebe ko bakora ibihwanye rwose no gutaka kw’abaharega kwangezeho, kandi niba atari ko bimeze, ndabimenya.”
Abo bagabo barahindukira, bava aho bagenda berekeje i Sodomu, Aburahamu agihagaze imbere y’Uwiteka.
Aburahamu aramwegera aramubaza ati “Warimburana abakiranutsi n’abanyabyaha?
Ahari muri uwo mudugudu harimo abakiranutsi mirongo itanu. Waharimbura se ukanga kuhareka ku bw’abakiranutsi mirongo itanu bahari?
Ntibikaguturukeho kugira utyo, kurimburana abakiranutsi n’abanyabyaha, abakiranutsi bagahwana n’abanyabyaha kirakazira! Umucamanza w’abari mu isi bose ntiyakora ibyo kutabera.”
Uwiteka aramusubiza ati “Nimbona i Sodomu abakiranutsi mirongo itanu bari muri uwo mudugudu, nzahababarira hose ku bwabo.”
Aburahamu arongera aramubwira ati “Mpangaye kuvugana n’umwami wanjye, nubwo ndi umukungugu n’ivu gusa.
Ahari ku bakiranutsi mirongo itanu hazaburaho batanu, uzarimbura umudugudu wose, kuko habuzeho batanu?” Aramusubiza ati “Sinzawurimbura nimbonayo mirongo ine na batanu.”
Arongera aramubwira ati “Ahari hazabonekamo mirongo ine.” Aramusubiza ati “Sinzawurimbura ku bw’abo mirongo ine.”
Aramubwira ati “Umwami ye kurakara, nanjye ndavuga. Ahari hazabonekamo mirongo itatu.” Aramusubiza ati “Sinzawurimbura nimbonayo mirongo itatu.”
Aramubwira ati “Dore mpangaye kuvugana n’umwami wanjye. Ahari hazabonekamo makumyabiri.” Aramusubiza ati “Sinzawurimbura ku bw’abo makumyabiri.”
Aramubwira ati “Umwami ye kurakara, reka mvuge rimwe gusa. Ahari hazabonekamo icumi.” Aramusubiza ati “Sinzawurimbura ku bw’abo cumi.”
Uwiteka arigendera, amaze kuvugana na Aburahamu, Aburahamu asubira iwe.

Kuva 33:12-23
Mose abwira Uwiteka ati “Dore ujya untegeka uti ムJyana ubu bwoko’, ntumenyeshe uwo udutumanye. Ariko waravuze uti ムNkuzi izina kandi wangiriyeho umugisha.’
Nuko niba nkugiriyeho umugisha koko, nyereka imigambi yawe kugira ngo nkumenye, mbone uko ndushaho kukugiriraho umugisha, kandi wibuke yuko ubu bwoko ari ubwawe.”
Aramusubiza ati “Ubwanjye nzajyana nawe nkuruhure.”
Mose aramubwira ati “Ubwawe nutajyana natwe ntudukure ino.
Ikizamenyekanya yuko jye n’ubwoko bwawe twakugiriyeho umugisha ni iki? Si uko ujyana natwe, bigatuma jye n’ubwoko bwawe dutandukanywa n’amahanga yose yo mu isi?”
Uwiteka abwira Mose ati “N’icyo uvuze icyo ndagikora, kuko wangiriyeho umugisha nkakumenya izina.”
Aramubwira ati “Nyereka ubwiza bwawe burabagirana.”
Uwiteka aramubwira ati “Ubwanjye nzanyuza kugira neza kwanjye kose imbere yawe, nzivugira mu izina imbere yawe ko ndi Uwiteka, kandi nzagirira ubuntu uwo nzagirira ubuntu, kandi nzababarira uwo nzababarira.”
Kandi ati “Ntiwareba mu maso hanjye kuko umuntu atandeba mu maso ngo abeho.”
Kandi Uwiteka ati “Hariho ahantu bugufi bwanjye, nawe uzahahagarare ku rutare,
kandi ubwiza bwanjye bukikunyuraho, nzagushyira mu busate bw’igitare, ngutwikirize ikiganza cyanjye ngeze aho marira kunyuraho,
maze ngutwikurureho ikiganza cyanjye urebe mu mugongo hanjye, ariko mu maso hanjye ntihaboneka.”

Yohana 1:1
Mbere na mbere hariho Jambo; Jambo uwo yahoranye n’Imana kandi Jambo yari Imana.

Abaroma 8:1
Nuko rero noneho abari muri Kristo Yesu nta teka bazacirwaho,

2 Abakorinto 5:1
Tuzi yuko niba inzu y’ingando yacu yo mu isi izasenywa, dufite inyubako ituruka ku Mana, inzu itubatswe n’intoki, itazashira yo mu ijuru.

1 Abatesalonike 4:13-18
Ariko bene Data, ntidushaka ko mutamenya iby’abasinziriye, mutababara nka ba bandi badafite ibyiringiro.
Ubwo twemeye yuko Yesu yapfuye akazuka, abe ari ko twizera yuko Imana izazanana na Yesu abasinziririye muri we.
Iki ni cyo tubabwira tukibwirijwe n’ijambo ry’Umwami wacu yuko twebwe abazaba bakiriho, basigaye kugeza ku kuza k’Umwami, tutazabanziriza na hato abasinziriye.
Kuko Umwami ubwe azaza amanutse ava mu ijuru aranguruye ijwi rirenga, hamwe n’ijwi rya marayika ukomeye n’impanda y’Imana, nuko abapfiriye muri Kristo ni bo bazabanza kuzuka,
maze natwe abazaba bakiriho basigaye duhereko tujyananwe na bo, tuzamuwe mu bicu gusanganirira Umwami mu kirere. Nuko rero tuzabana n’Umwami iteka ryose.
Nuko mumaranishe imibabaro kubwirana ayo magambo.

1 Timoteyo 3:16
Si ugushidikanya, ubwiru bw’ubumana burakomeye cyane: Imana kwerekanwa ifite umubiri, ikagaragara ko ari umukiranutsi mu mwuka, ikabonwa n’abamarayika, ikamamazwa mu banyamahanga, ikizerwa mu isi, ikazamurwa igahabwa ubwiza.

1 Timoteyo 6:15
kuzerekanwa mu gihe cyako n’Iyo ifite ubutware yonyine ihiriwe, ari yo Mwami w’abami n’Umutware utwara abatware.

Abaheburayo 7:1-3
Melikisedeki uwo wari umwami w’i Salemu, n’umutambyi w’Imana Isumbabyose (wa wundi wasanganiye Aburahamu, ubwo yatabarukaga avuye gutsinda abami, amuha umugisha,
ni na we Aburahamu yahaye kimwe mu icumi cya byose). Ubwa mbere izina rye risobanurwa ngo “Umwami wo gukiranuka”, kandi irya kabiri yitwa “Umwami w’i Salemu”, risobanurwa ngo “Umwami w’amahoro.”
Ntagira se ntagira nyina, ntagira ba sekuruza kandi ntafite itangiriro ry’iminsi cyangwa iherezo ry’ubugingo, ahubwo ubwo ashushanywa n’Umwana w’Imana, ahora ari umutambyi iteka ryose.

Abaheburayo 13:8
Yesu Kristo uko yari ari ejo, n’uyu munsi ni ko ari kandi ni ko azahora iteka ryose.

Ibyahishuwe 10:1-7
Mbona marayika wundi ukomeye amanuka ava mu ijuru yambaye igicu, umukororombya uri ku mutwe we, mu maso he hasa n’izuba, ibirenge bye bisa n’inkingi z’umuriro.
Mu intoki ze yari afite agatabo kabumbutse. Nuko ashyira ikirenge cye cy’iburyo ku nyanja, n’icy’ibumoso agishyira ku butaka.
Arangurura ijwi rirenga nk’uko intare yivuga, avuze iryo jwi rirenga guhinda kurindwi kw’inkuba kuvuga amajwi yako.
Kandi guhinda kurindwi kw’inkuba kumaze kuvuga, nari ngiye kwandika nuko numva ijwi rivugira mu ijuru rimbwira riti “Iby’uko guhinda kurindwi kw’inkuba kuvuze ubizigame, bibe ubwiru ntubyandike.”
Marayika nabonye ahagaze ku nyanja no ku butaka amanika ukuboko kwe kw’iburyo, agutunga mu ijuru
arahira Ihoraho iteka ryose yaremye ijuru n’ibirimo, n’isi n’ibiyirimo n’inyanja n’ibiyirimo ati “Ntihazabaho igihe ukundi,
ahubwo mu minsi y’ijwi rya marayika wa karindwi ubwo azatangira kuvuza impanda, ni ho ubwiru bw’Imana buzaba busohoye nk’uko yabwiye imbata zayo ari zo bahanuzi.”

Ibyahishuwe 21:16
Urwo rurembo rungana impande zose, uburebure bungana n’ubugari. Ageresha urwo rurembo rwa rubingo, ageramo sitadiyo inzovu n’ibihumbi bibiri, uburebure bw’umurambararo n’ubugari n’uburebure bw’igihagararo birangana.

26-0322 Gushyingirwa no Gutana

Ubutumwa : 65-0221M Gushyingirwa no Gutana

BranhamTabernacle.org

Mukundwa Mugeni Watoranijwe, Intore, Kandi Wagenwe Mbere:

Ndibuka nk’umuhungu muto warimo akura, agerageza gutoranya kasete agomba kumva. Mu gihe nasomaga imitwe igihe cyose natekerezaga ko ntakumva Gushaka no Gutandukana, kuko ntacyo ihuriyeho nanjye; ko ari iby’abubatse

Hanyuma umunsi umwe, mu gihe narimo numva Gushaka no Gutandukana, Data yampaye Guhishurirwa k’ubwo Butumwa. Gusigwa Kwe kwaje mu mutima wanjye. Arimo kuvugana nanjye. Ubu Butumwa NI ubwanjye. ARIMO kumbwira ko Yantoranije mbere y’imfatiro z’isi. Ibi ni ibirori by’ubukwe bwanjye. Ntawundi nshaka uretse We. Ndi uwo kwizerwa no gukiranuka kuri We, n’Ijambo Rye, n’Ijwi Rye, GUSA. Turi UMWE.

Nyakuri ubu Butumwa bwari bugenewe bene Data benshi na bashiki bacu abo bari barashatse hanyuma bagatandukana, kandi Yo yarimo ibabwira icyo bagomba gukora; ariko harimo ubusobanuro BWUZUYE KANDI BURUTA KURE, ni binini cyane, kandi bifite imbaraga nyinshi.

Hariho Umugabo umwe, kandi yarimo ahamagara ndetse avugana n’intore nyinshi z’Umugeni. IJWI  RY’IMANA RYARIMO RIHAMAGARIRA UMUGENI WAYO JAMBO UTANDUYE W’UMWARI GUSOHOKA. Umwe utarigeze ukorwaho cyangwa ngo yanduzwe n’umugabo. Uwo ukiranuka kandi w’umunyakuri kuri We n’Ijambo Rye gusa. Umwe wari unyuzwe mu buryo bwuzuye hamwe na We n’Ijwi Rye.

Kubw’Ubuntu Bwe n’Imbabazi, uyu munsi dushobora kuvuga, nta n’agacu ko gushidikanya ko, TURI UMUGENI WE JAMBO W’UMWARI. ICYUBAHIRO KIBE ICY’UWITEKA!!

Yashakaga kuba ahamirijwe neza ko nta kudohoka na guto guhari mu gihe hageze guhamagara Umugeni We, niyo mpamvu Yaje Ubwe maze akaba mu mubiri w’umuntu kugira ngo Ahishurire Ijambo Rye Umugeni We  kandi Amwihamagarire Ubwe. Yari Eliyezeri uwo wagombaga gutoranya Umugeni We ubwe.

Kugira ngo Abe Azi neza ko nta buryo buhari byashobora kutwisoba ngo twitiranye uwo waturambagizaga, We Ubwe yahamirije igikoresho Cye Yatoranije binyuze mu kuvugana na we  muri serwakira yari ihagaze aho mu giti. Hanyuma ivugana nawe mu buryo bugaragara aho hepfo ku Mugezi wa Ohio imbere y’ibihumbi.

Ndetse yari afite Ifoto Ye yafashwe hamwe na we yiyereka kandi abwira isi ngo, NDAKUBWIYE NGO NZONGERA NGARUKE KANDI NONGERE NTURE MU MUBIRI. NI WE NAHISEMO GUTURAMO, NARAGUHAMAGAYE WOWE NGO USOHOKE UBE UMUGENI WANJYE. NTABWO ARI WE; NINJYE URIMO KUVUGIRA MURI WE. NDIMO NDAKORESHA IJWI RYE KUGIRA NGO RIBE IJWI RYANJYE KURI MWE. NINJYE WABAHAMAGAYE NGO MUSOHOKE KANDI MBATUNGANYE NGO MUBE UMUGENI WANJYE UTUNGANYE .

Guhishurirwa k’Ubu Butumwa, Ijambo Rye, Ijwi Rye, kandi noneho abo TURIBO birenze ibyo amagambo y’abanu yashobora gusobanura. Ndabizi ko muzi neza icyo ndimo kuvuga. Kwizera kw’Izamurwa kurimo kurabaho. Umugeni arimo kwitegura Ubwe kubwo kwicara mu kugaragara kw’Imana Ubwayo, kubwo gutungana.

Mbega amahirwe isi ifite kubwo kumva Ijwi ry’Imana rivugana na bo; kwicara kandi ukumva Ijambo ku Ijambo mu gihe Avuga kandi agahishura Ijambo Rye maze Akatubwira abo turibo.  Nta kintu kibaho cyahwana no kwicara imbere Ye, noneho muze mwiyunge hamwe natwe kuri iki Cyumweru i saa Sita z’Amanywa. ku isaha y’I Jeffersonville, mu gihe tumwumva Avugana n’Umugeni We, ubutumwa, “Gushaka no Gutandukana” 65-0221M.

Mwene Data Joseph Branham

Ibyanditswe byo gusoma mbere yo kumva Ubutumwa:

Matayo 5:31-32

Kandi byaravuzwe ngo ‘Uzasenda umugore we, amuhe urwandiko rwo kumusenda.’
Ariko jyeweho ndababwira yuko umuntu wese usenda umugore we atamuhora gusambana, aba amuteye gusambana, kandi uzacyura uwasenzwe azaba asambanye.

Matayo 16:18

Nanjye ndakubwira nti ‘Uri Petero, kandi nzubaka Itorero ryanjye kuri urwo rutare, kandi amarembo y’ikuzimu ntazarishobora.’

Matayo 19:1-8

Yesu arangije ayo magambo ava i Galilaya, ajya mu gihugu cy’i Yudaya hakurya ya Yorodani.

Abantu benshi baramukurikira, abakirizayo.

Abafarisayo baza aho ari baramugerageza, baramubaza bati “Mbese amategeko yemera ko umuntu asenda umugore we amuhora ikintu cyose?”

Na we arabasubiza ati “Ntimwari mwasoma yuko Iyabaremye mbere yaremye umugabo n’umugore,

ikababwira iti ‘Ni cyo gituma umuntu azasiga se na nyina akabana n’umugore we akaramata, bombi bakaba umubiri umwe’?

Bituma batakiri babiri, ahubwo babaye umubiri umwe. Nuko icyo Imana yateranyije hamwe, umuntu ntakagitandukanye.”

Baramubaza bati “Niba ari uko, ni iki cyatumye Mose ategeka ko umugabo aha umugore urwandiko rwo kumusenda, abone uko yamwirukana?”

Arabasubiza ati “Mose yabemereye gusenda abagore banyu kuko imitima yanyu inangiye, ariko uhereye mbere hose ntibyari bimeze bityo.

Matayo 28:19

Nuko mugende muhindure abantu bo mu mahanga yose abigishwa, mubabatiza mu izina rya Data wa twese n’Umwana n’Umwuka Wera,

Ibyakozwe n’Intumwa 2:38

Petero arabasubiza ati “Nimwihane, umuntu wese muri mwe abatizwe mu izina rya Yesu Kristo ngo mubone kubabarirwa ibyaha byanyu, kandi namwe muzahabwa iyi mpano y’Umwuka Wera,

Abaroma 9:14-23

Ni cyo gituma bitaba ku bushake bw’umuntu cyangwa ku mwete abigirira, ahubwo biva ku Mana ibabarira.

Ibyanditswe byabwiye Farawo biti “Icyatumye nkwimika ni ukugira ngo nkwerekanireho imbaraga zanjye, kandi ngo izina ryanjye ryamamazwe hose mu isi yose.”

Nuko ibabarira uwo ishaka, kandi inangira umutima w’uwo ishaka.

None wambaza uti “None se ni iki gituma ikomeza kugaya umuntu? Ni nde wagandira ibyo ishaka?”

Ariko wa muntu we, uri nde ugisha Imana impaka? Mbese icyabumbwe cyabaza uwakibumbye kiti “Ni iki cyatumye undema utya?”

Mbese umubumbyi ntategeka ibumba, ngo mu mugoma umwe abumbemo urwabya rumwe rwo gukoresha iby’icyubahiro, n’urundi rwo gukoresha ibiteye isoni?

None se bitwaye iki niba Imana, nubwo yashatse kwerekana umujinya wayo no kugaragaza imbaraga zayo, yihanganiranye imbabazi nyinshi inzabya z’umujinya zari zikwiriye kurimbuka,

kugira ngo yerekanire ubutunzi bw’ubwiza bwayo ku nzabya z’imbabazi, izo yiteguriye ubwiza uhereye kera

ari zo twebwe abo yahamagaye, atari mu Bayuda honyine ahubwo no mu banyamahanga?

Nk’uko yavugiye no mu kanwa ka Hoseya iti “Abatari ubwoko bwanjye nzabita ubwoko bwanjye, Kandi uwari inyungwakazi nzamwita inkundwakazi.

1 Timoteyo 2:9-15

Kandi n’abagore ni uko ndashaka ko bambara imyambaro ikwiriye, bakagira isoni birinda, kandi batirimbisha kuboha umusatsi, cyangwa izahabu cyangwa imaragarita, cyangwa imyenda y’igiciro cyinshi,

ahubwo birimbishishe imirimo y’ingeso nziza nk’uko bikwiriye abagore bavuga yuko bubaha Imana.

Umugore yigane ituza aganduke rwose,

kuko nanga ko umugore yigisha cyangwa ngo ategeke umugabo, ahubwo agire ituza

kuko Adamu ari we wabanje kuremwa nyuma hagakurikiraho Eva.

Kandi Adamu si we wayobejwe, ahubwo umugore ni we wayobejwe rwose, ahinduka umunyabicumuro.

Nyamara abagore bazakizwa mu ibyara nibakomeza kwizera, bakagira urukundo no kwera, bakirinda.

1 Abakorinto 7:10-15

Abamaze kurongorana ndabategeka, nyamara si jye ahubwo ni Umwami wacu, umugore ye kwahukana n’umugabo we.

Ariko niba yahukanye, abe igishubaziko cyangwa yiyunge n’umugabo we, kandi umugabo ye gusenda umugore we.

Ariko abandi bo ni jye ubabwira si Umwami wacu. Mwene Data niba afite umugore utizera, kandi uwo mugore agakunda kugumana na we ye kumusenda.

Kandi umugore ufite umugabo utizera na we agakunda kugumana na we, ye kwahukana n’umugabo we

kuko umugabo utizera yezwa ku bw’umugore we, kandi umugore utizera yezwa ku bwa mwene Data uwo. Iyo bitameze bityo abana banyu baba bahumanye, ariko none dore ni abera.

Icyakora wa wundi utizera, niba ashaka gutana atane. Mwene Data w’umugabo cyangwa w’umugore ntaba agihambiriwe iyo bimeze bityo, kuko Imana yaduhamagariye amahoro.

1 Abakorinto 14:34

abagore nibacecekere mu materaniro, kuko batemererwa kuvuga, ahubwo baganduke nk’uko amategeko na yo avuga.

Abaheburayo 11:4

Kwizera ni ko kwatumye Abeli aha Imana igitambo kiruta icya Kayini kuba cyiza, ni na ko kwamuhaye guhamywa ko ari umukiranutsi ubwo Imana yahamyaga ko amaturo ye ari meza, kandi ni ko kwatumye na none akivuga nubwo yapfuye.

Ibyahishuwe 10:7

ahubwo mu minsi y’ijwi rya marayika wa karindwi ubwo azatangira kuvuza impanda, ni ho ubwiru bw’Imana buzaba busohoye nk’uko yabwiye imbata zayo ari zo bahanuzi.”

Itangiriro igice cya 3

Inzoka yarushaga uburiganya inyamaswa zo mu ishyamba zose, Uwiteka Imana yaremye. Ibaza uwo mugore iti “Ni ukuri koko Imana yaravuze iti ‘Ntimuzarye ku giti cyose cyo muri iyi ngobyi’?”

Uwo mugore arayisubiza ati “Imbuto z’ibiti byo muri iyi ngobyi twemererwa kuzirya,

keretse imbuto z’igiti kiri hagati y’ingobyi ni zo Imana yatubwiye iti “Ntimuzazirye, ntimuzazikoreho, mutazapfa.'”

Iyo nzoka ibwira umugore, iti “Gupfa ntimuzapfa,

kuko Imana izi yuko ku munsi mwaziriyeho, amaso yanyu azahweza mugahindurwa nk’Imana, mukamenya icyiza n’ikibi.”

Uwo mugore abonye yuko icyo giti gifite ibyokurya byiza, kandi ko ari icy’igikundiro, kandi ko ari icyo kwifuriza kumenyesha umuntu ubwenge, asoroma ku mbuto zacyo, arazirya, ahaho n’umugabo we wari kumwe na we, arazirya.

Amaso yabo bombi arahweza, bamenya yuko bambaye ubusa, badoda ibibabi by’imitini, biremeramo ibicocero.

Bumva imirindi y’Uwiteka Imana igendagenda muri ya ngobyi mu mafu ya nimunsi, wa mugabo n’umugore we bihisha hagati y’ibiti byo muri iyo ngobyi amaso y’Uwiteka Imana.

Uwiteka Imana ihamagara uwo mugabo, iramubaza iti “Uri he?”

Arayisubiza ati “Numvise imirindi yawe muri iyi ngobyi, ntinyishwa n’uko nambaye ubusa, ndihisha.”

Iramubaza iti “Ni nde wakubwiye ko wambaye ubusa? Wariye kuri cya giti nakubujije kuryaho?”

Uwo mugabo arayisubiza ati “Umugore wampaye ngo tubane, ni we wampaye ku mbuto z’icyo giti, ndazirya.”

Uwiteka Imana ibaza uwo mugore iti “Icyo wakoze icyo ni iki?” Uwo mugore arayisubiza ati “Inzoka yanshukashutse ndazirya.”

Uwiteka Imana ibwira iyo nzoka iti “Kuko ukoze ibyo, uri ikivume kirengeje amatungo yose n’inyamaswa zo mu ishyamba zose, uzajya ugenda ukurura inda, uzajya urya umukungugu iminsi yose y’ubugingo bwawe.

Nzashyira urwango hagati yawe n’uyu mugore, no hagati y’urubyaro rwawe n’urwe, ruzagukomeretsa umutwe nawe uzarukomeretsa agatsinsino.”

Kandi Uwiteka Imana ibwira uwo mugore iti “Kugwiza nzagwiza cyane umubabaro wawe ufite inda: uzajya ubyara abana ubabara, kwifuza kwawe kuzaherera ku mugabo wawe, na we azagutwara.”

Na Adamu iramubwira iti “Ubwo wumviye umugore wawe ukarya ku giti nakubujije ko utazakiryaho, uzaniye ubutaka kuvumwa. Iminsi yose yo kubaho kwawe uzajya urya ibibuvamo ugombye kubiruhira,

buzajya bukumereramo imikeri n’ibitovu, nawe uzajya urya imboga zo mu murima.

Gututubikana ko mu maso hawe ni ko kuzaguhesha umutsima, urinde ugeza ubwo uzasubira mu butaka kuko ari mo wakuwe: uri umukungugu, mu mukungugu ni mo uzasubira.”

Uwo mugabo yita umugore we Eva, kuko ari we nyina w’abafite ubugingo bose.

Uwiteka Imana iremera Adamu n’umugore we imyambaro y’impu, irayibambika.

Uwiteka Imana iravuga iti “Dore uyu muntu ahindutse nk’imwe yo muri twe ku byo kumenya icyiza n’ikibi, noneho atarambura ukuboko agasoroma no ku giti cy’ubugingo, akarya akarama iteka ryose.”

Ni cyo cyatumye Uwiteka Imana imwirukana muri ya ngobyi muri Edeni, kugira ngo ahinge ubutaka yavuyemo.

Nuko yirukana uwo muntu, kandi mu ruhande rw’iyo ngobyi yo muri Edeni rwerekeye iburasirazuba, ishyiraho Abakerubi n’inkota yaka umuriro, izenguruka impande zose, ngo ibuze inzira ijya kuri cya giti cy’ubugingo.

Abalewi 21:7

Bene Aroni umutambyi bashyire umuriro kuri icyo gicaniro bawugerekeho inkwi,

Yobu 14:1-2

Umuntu wabyawe n’umugore, Arama igihe gito kandi cyuzuyemo umuruho agakenyuka.

Avuka ameze nk’ururabyo, maze agacibwa, Ahita nk’igicucu kandi ntarame.

Yesaya 53

Ni nde wizeye ibyo twumvise, kandi ukuboko k’Uwiteka kwahishuriwe nde?

Kuko yakuriye imbere ye nk’ikigejigeji, nk’igishyitsi cyumburira mu butaka bwumye, ntiyari afite ishusho nziza cyangwa igikundiro, kandi ubwo twamubonaga ntiyari afite ubwiza bwatuma tumwifuza.

Yarasuzugurwaga akangwa n’abantu, yari umunyamibabaro wamenyereye intimba, yasuzugurwaga nk’umuntu abandi bima amaso natwe ntitumwubahe.

Ni ukuri intimba zacu ni zo yishyizeho, imibabaro yacu ni yo yikoreye, ariko twebweho twamutekereje nk’uwakubiswe n’Imana agacumitwa na yo, agahetamishwa n’imibabaro.

Nyamara ibicumuro byacu ni byo yacumitiwe, yashenjaguriwe gukiranirwa kwacu, igihano kiduhesha amahoro cyari kuri we, kandi imibyimba ye ni yo adukirisha.

Twese twayobye nk’intama zizimiye, twese twabaye intatane, Uwiteka amushyiraho gukiranirwa kwacu twese.

Yararenganye ariko yicisha bugufi, ntiyabumbura akanwa ke amera nk’umwana w’intama bajyana kubaga, cyangwa nk’uko intama icecekera imbere y’abayikemura, ni ko atabumbuye akanwa ke.

Guhemurwa no gucirwa ho iteka ni byo byamukujeho. Mu b’igihe cye ni nde witayeho ko yakuwe mu isi y’abazima, akaba yarakubitiwe ibicumuro by’ubwoko bwe?

Bategetse ko ahambanwa n’abanyabyaha, yari kumwe n’umutunzi mu rupfu rwe nubwo atagiraga urugomo, kandi ntagire uburyarya mu kanwa ke.

Ariko Uwiteka yashimye kumushenjagura, yaramubabaje. Ubwo ubugingo bwe buzitamba ho igitambo cyo gukuraho ibyaha, azabona urubyaro, azarama, ibyo Uwiteka ashaka bizasohozwa neza n’ukuboko kwe.

Azabona ibituruka mu bise by’ubugingo bwe bimwishimishe, bimuhaze. Umugaragu wanjye ukiranuka azatuma benshi baheshwa gukiranuka no kumenya, kandi azīshyiraho gukiranirwa kwabo.

Ni cyo gituma nzamugabanya umugabane n’abakomeye, azagabana iminyago n’abanyamaboko, kuko yasutse ubugingo bwe akageza ku gupfa akabaranwa n’abagome, ariko ubwe yishyizeho ibyaha bya benshi kandi asabira abagome.

Ezekiyeli 44:22

Kandi ntibagacyure abapfakazi cyangwa abagore basenzwe, ahubwo bajye barongora abageni bo mu rubyaro rw’ab’inzu ya Isirayeli, cyangwa se bacyure abapfakazi barongowe n’abatambyi.