Ubutumwa : 65-0725M Abasizwe Bo Mu Gihe cyanyuma
- 26-0517 Abasizwe Bo Mu Gihe cyanyuma
- 24-0804 Abasizwe Bo Mu Gihe cyanyuma
- Kiny-Rwanda Kugerageza gukorera Imana umurimo atari Ubushake bwayo
- 23-0115 Abasizwe Bo Mu Gihe cyanyuma
- 21-0919 Abasizwe Bo Mu Gihe cyanyuma
- 20-0405 Abasizwe Bo Mu Gihe cyanyuma
- 18-1021 Abasizwe Bo Mu Gihe cyanyuma
- 17-0115 Abasizwe Bo Mu Gihe cyanyuma
Bakundwa Teraniro Ry’Ibizu,
Inyito y’umutwe w’Ubutumwa bw’iki Cyumweru urahishura uburyo Umwuka Wera abereye maso Umugeni. Kwibaza ko hazabaho abagabo basizwe bazahaguruka muri iyi minsi, hamwe no gusigwa k’ukuri k’Umwuka Wera umwe n’uwari ku muhanuzi wacu, ariko ari abi binyoma
Ijambo ritubwira ko bazakora ibimenyetso n’ibitangaza, bakakira iyo mvura imwe, iyo migisha imwe kimwe n’umuhanuzi w’ukuri. Abantu bazava ku Ijambo rizima rihamirijwe ry’igihe bikurikirire irari ryabo, birundanyirize ubwabo abigisha, bafite amatwi abarya. Bizaba byenda gusa cyane n’Ijambo ry’ukuri kugeza n’aho byashuka n’Intore.
Mbese uko gusigwa kuzaba kwegeranye bingana iki? Ese bizaba byoroshye kurondora ukamenya ikiri ukuri n’icy’ikinyoma? Umuhanuzi yatubwiye ko Umwami Dawidi, umuntu uhuye n’umutima w’Imana,afite gusigwa kuri we, n’uguhishurirwa k’ukuri; ariko bikaba byari mu makosa.
IKI!! Reka byinjire imbere muri mwe akanya gato. Umwami watoranijwe n’Imana wari ufite gusigwa k’ukuri n’uguhishurirwa k’ukuri, ariko akaba yari mu makosa! Intama z’Imana bisaba ko ziba maso zikamenya ibyo zirimo zumva ko ari ugusigwa k’ukuri cyangwa kw’ikinyoma; kuko aho kuba habo h’iteka hashingiye kuri ibi byemezo.
Turabizi ko Imana yashyizeho abakozi benshi b’ukuri basizwe kugira ngo bafashe mu kuyobora no kurindira Umugeni Wayo mu Ijambo. Ijambo Ryayo niko rivuga, kandi turashimira Imana cyane kubwa buri wese muri bo. Barahamagawe kugira ngo babe abungeri ku mikumbi yabo. Bagomba kubarindira mu Ijambo. Kubwo gukora gutyo, ntibagomba kureka gucurangira intama zabo Ijwi ry’Imana RYONYINE ryahamirijwe.
Nkuko twumvise ko umuntu wese yashobora kwibeshya, nyamara afite gusigwa k’ukuri no guhishurirwa k’ukuri. Ariko Umugeni we agomba kuba ahamirijwe, kubera ko Imana yatanze inzira itunganye uburyo bashobora kumva igihe cyose GUSIGWA K’UKURI, GUHISHURIRWA K’UKURI, UKU NIKO UWITEKA AVUZE K’UKURI, MU GUKUNDAHO GUSA BIKAVUGA.
“Aho Umubiri uri,” Manu iri, Ijambo riri, “aho ni ho ibizu biteranira.
Aho Umubiri uri, aho niho Ibizu biteranira. Aho Inyama nshya iri, Ijambo ry’igihe, Ubutumwa bw’iyo saha. Kandi nta hantu heza ho kurira iyo Manu nko kumva Ijwi ry’Imana ivuga Ubwayo.
Ni Ijambo Rye. “Umuntu ntazabeshwaho n’umugati gusa ahubwo n’Ijambo ryose.” Murabona? Abagenwe mbere barabizi. “Ijambo ry’umushyitsi, cyangwa ijwi ry’umushyitsi, ntibazarikurikira.”
Impamvu tutazigera, kandi tudashobora gushukwa, ni ukubera ko turi Ijambo hamwe no Guhishurirwa. Nta kindi twashobora kubacyo. Nta kindi dushobora kumva. Nta kindi tuzi.
“NDIHO!” Ntabwo ari, “Nariho, cyangwa nzabaho.” ni “NDIHO,” indagihe, Ijambo uyu mwanya. Ntabwo Ijambo ryari, Ijambo rizaza; ni Ijambo ririho ubu. Murabona? Mwabibonye? “NDIHO!” “NDIHO” ni Ijambo. “Mbere na mbere hariho Jambo, kandi Jambo yari kumwe n’Imana.” Ni byo? “NDIHO.” “Imana yanyohereje nk’umuhanuzi Wayo, kugira ngo nemeze ko ibyo ari ukuri. Ndi igisubizo cy’iri Jambo, yarambwiye ngo manuka hano ukore ibi.”
Amaze kubikora, Farawo ati: “Ni byiza, dufite abahungu benshi mu matsinda yacu, nabo bashobora kubikora,” abigana.
Yesu yaravuze ati, “Noneho, ibyo bigiye kongera kwisubiramo mu minsi ya nyuma,” murabona, ahamya icyo kintu kimwe.
Icyubahiro kibe icy’Uwiteka. Mu kuvuga ku Bwinshingizi bw’Umugeni. Igihe ufite uku Guhishurirwa, noneho uzamenya ko uri intore Ye, wamenywe mbere, Umugeni mukundwa.
Kubwo kumva Ijwi ry’Imana ku makasete, tuba turimo kumva Umwana w’Umuntu, ariwe Kristo. Uwo ni We turi kuryaho. Ntabwo turi kurya umuntu; umuntu, amagambo ye azananirwa. Ariko turimo turarya ku Mubiri-Jambo utananirwa w’Umwana w’Umuntu.
Niba ushaka kuba uhamirijwe 100% ko urimo kumva Uku Niko Uwiteka Avuze, ngwino wiyunge n’igice cy’Umugeni kuri iki Cyumweru I Saa Sita z’Amanywa, ku isaha y’I Jeffersonville, mu gihe twumva Ijwi ry’Imana riduhishurira byose kubijyanye n’abasigwa bo mu gihe cyanyuma.
Mwene Data Joseph Branham
Ubutumwa: Abasigwa Bo Mu gihe Cya Nyuma 65-0725M
Ibyanditswe:
Matayo 5:44-45
| Ariko jyeweho ndababwira nti Mukunde abanzi banyu, musabire ababarenganya, |
| ni bwo muzaba abana ba So wo mu ijuru, kuko ategeka izuba rye kurasira ababi n’abeza, kandi abakiranuka n’abakiranirwa abavubira imvura. |
Matayo 7:21
Umuntu wese umbwira ati Mwami, Mwami’, si we uzinjira mu bwami bwo mu ijuru, keretse ukora ibyo Data wo mu ijuru ashaka.
Matayo 24:15-28
Ariko ubwo muzabona ikizira kirimbura cyahanuwe n’umuhanuzi Daniyeli gihagaze Ahera, (ubisoma abyitondere),
icyo gihe abazaba bari i Yudaya bazahungire ku misozi,
n’uzaba ari hejuru y’inzu ye ntazamanuka ngo atware ku bintu byo mu nzu ye,
n’uzaba ari mu mirima ye ntazasubira imuhira ngo azane umwenda we.
Abazaba batwite n’abonsa muri iyo minsi bazabona ishyano.
Namwe musengere kugira ngo guhunga kwanyu kutazabaho mu mezi y’imbeho cyangwa ku isabato,
kuko muri iyo minsi hazabaho umubabaro mwinshi, utigeze kubaho uhereye ku kuremwa ku isi ukageza none, kandi ntuzongera kubaho.
Iyo minsi iyaba itagabanijweho ntihajyaga kuzarokoka n’umwe, ariko ku bw’intore iyo minsi izagabanywaho.
Icyo gihe umuntu nababwira ati Dore Kristo ari hano’, n’undi ati Ari hano’, ntimuzabyemere.
Kuko abiyita Kristo n’abahanuzi b’ibinyoma bazaduka bakora ibimenyetso bikomeye n’ibitangaza, kugira ngo babone uko bayobya n’intore niba bishoboka.
Dore mbibabwiye bitaraba.
Nuko nibababwira bati Dore ari mu butayu’, ntimuzajyeyo, cyangwa bati Dore ari mu kirambi’, ntimuzabyemere.
Kuko nk’uko umurabyo urabiriza iburasirazuba ukabonekera aho rirengera, ni ko no kuza k’Umwana w’umuntu kuzaba.
Aho intumbi iri hose, ni ho inkongoro ziteranira.
Ariko hanyuma y’umubabaro wo muri iyo minsi, uwo mwanya Izuba rizijima, n’ukwezi ntikuzava umwezi wako, n’inyenyeri zizagwa ziva mu ijuru, n’imbaraga zo mu ijuru zizanyeganyega.’
Luka 17:30
Ni na ko bizamera umunsi Umwana w’umuntu azabonekeraho.
Luka 18:1-8
Abacira umugani wo kubigisha ko bakwiriye gusenga iteka ntibarambirwe. Arababwira ati
Hariho umucamanza mu mudugudu umwe, utubaha Imana ntiyite ku bantu.
Muri uwo mudugudu harimo umupfakazi, aramusanga aramubwira ati Ndengera ku mwanzi wanjye.’
Amara iminsi atemera, ariko aho ageze aribwira ati Nubwo ntubaha Imana kandi sinite ku bantu,
ariko kuko uyu mupfakazi anduhije ndamurengera, ngo adahora aza iminsi yose akandushya.’
Nuko Umwami Yesu arabaza ati “Ntimwumvise ibyo umucamanza ukiranirwa yavuze?
Ubwo bibaye bityo, Imana se yo ntizarengera intore zayo ziyitakira ku manywa na nijoro? Mbese yazirangarana?
Ndababwira yuko izazirengera vuba. Ariko Umwana w’umuntu naza, mbese azasanga kwizera kukiri mu isi?”
Yohana 14:12
Ni ukuri, ni ukuri, ndababwira yuko unyizera, imirimo nkora na we azayikora ndetse azakora n’iyiruta, kuko njya kwa Data.
Abefeso 1:5
Kuko yagambiriye kera ku bw’urukundo rwayo ko duhinduka abana bayo, tubiheshejwe na Yesu Kristo ku bw’ineza y’ubushake bwayo,
II Timoteyo 3:1-8
Umenye yuko mu minsi y’imperuka hazaza ibihe birushya,
kuko abantu bazaba bikunda, bakunda impiya, birarīra, bibona, batukana, batumvira ababyeyi babo, indashima, batari abera,
badakunda n’ababo, batūzura, babeshyerana, batirinda, bagira urugomo, badakunda ibyiza,
bagambana, ibyigenge, bikakaza, bakunda ibibanezeza aho gukunda Imana,
bafite ishusho yo kwera ariko bahakana imbaraga zako. Abameze batyo ujye ubatera umugongo.
Kuko muri bo harimo abagabo bomboka mu mazu bakanyaga abagore batagira umutima, baremerewe n’ibyaha, batwarwa n’irari ry’uburyo bwinshi,
bahora biga ariko ntabwo babasha kugira ubwo bamenya ukuri.
Nk’uko Yane na Yambure barwanije Mose, ni ko n’abo bagabo barwanya ukuri. Abo ni abononekaye ubwenge badashimwa ku byo kwizera.
Abaheburayo 6:1-8
Ni cyo gituma dukwiriye kuba turetse guhora mu bya mbere bya Kristo, tukigira imbere ngo tugere aho dutunganirizwa rwose, twe kongera gushyiraho urufatiro ubwa kabiri ari rwo kwihana imirimo ipfuye no kwizera Imana,
cyangwa ngo twongere kubigisha ibyo kubatizwa no kurambikwaho ibiganza, no kuzuka kw’abapfuye n’iby’urubanza rw’iteka.
Icyakora Imana nibikunda tuzabikora.
Kuko bidashoboka ko abamaze kuvirwa n’umucyo, bagasogongera impano iva mu ijuru, bakagabana ku Mwuka Wera,
bakanasogongera ijambo ryiza ry’Imana, n’imbaraga z’igihe kizaza
maze bakagwa bakavamo, ntibishoboka kongera kubahindura bashya ngo bihane, kuko baba bongeye kwibambira Umwana w’Imana, bakamukoreza isoni ku mugaragaro.
Kuko dore iyo ubutaka bwanyoye imvura yabuguyeho kenshi, bukameramo imyaka igirira akamaro ababuhingirwa, buhabwa n’Imana umugisha.
Ariko niba bumeramo amahwa n’ibitovu, buba buhinyutse bugeze hafi yo kuvumwa kandi amaherezo yabwo ni ugutwikwa.
Abaheburayo 11:4
Kwizera ni ko kwatumye Abeli aha Imana igitambo kiruta icya Kayini kuba cyiza, ni na ko kwamuhaye guhamywa ko ari umukiranutsi ubwo Imana yahamyaga ko amaturo ye ari meza, kandi ni ko kwatumye na none akivuga nubwo yapfuye.
Ibyahishuwe 10:1-7
Mbona marayika wundi ukomeye amanuka ava mu ijuru yambaye igicu, umukororombya uri ku mutwe we, mu maso he hasa n’izuba, ibirenge bye bisa n’inkingi z’umuriro.
Mu intoki ze yari afite agatabo kabumbutse. Nuko ashyira ikirenge cye cy’iburyo ku nyanja, n’icy’ibumoso agishyira ku butaka.
Arangurura ijwi rirenga nk’uko intare yivuga, avuze iryo jwi rirenga guhinda kurindwi kw’inkuba kuvuga amajwi yako.
Kandi guhinda kurindwi kw’inkuba kumaze kuvuga, nari ngiye kwandika nuko numva ijwi rivugira mu ijuru rimbwira riti “Iby’uko guhinda kurindwi kw’inkuba kuvuze ubizigame, bibe ubwiru ntubyandike.”
Marayika nabonye ahagaze ku nyanja no ku butaka amanika ukuboko kwe kw’iburyo, agutunga mu ijuru
arahira Ihoraho iteka ryose yaremye ijuru n’ibirimo, n’isi n’ibiyirimo n’inyanja n’ibiyirimo ati “Ntihazabaho igihe ukundi,
ahubwo mu minsi y’ijwi rya marayika wa karindwi ubwo azatangira kuvuza impanda, ni ho ubwiru bw’Imana buzaba busohoye nk’uko yabwiye imbata zayo ari zo bahanuzi.”
Ibyahishuwe 16:13-14
Nuko mbona mu kanwa ka cya kiyoka no mu kanwa ka ya nyamaswa, no mu kanwa ka wa muhanuzi w’ibinyoma, havamwo imyuka itatu mibi isa n’ibikeri,
kuko ari yo myuka y’abadayimoni, ikora ibitangaza igasanga abami bo mu isi yose, ngo ibahururize kujya mu ntambara yo ku munsi ukomeye w’Imana Ishoborabyose.
Malaki 4:5
Dore nzaboherereza umuhanuzi Eliya, umunsi w’Uwiteka ukomeye kandi uteye ubwoba utaragera.
I Abami 22:1-28
Kandi Abasiriya n’Abisirayeli bamara imyaka itatu batarwana.
Ariko mu mwaka wa gatatu ni bwo Yehoshafati umwami w’Abayuda yamanutse asanga umwami w’Abisirayeli.
Umwami w’Abisirayeli abwira abagaragu be ati “Harya muzi ko i Ramoti y’i Galeyadi ari ahacu, kandi ko twicecekeye tukaba tutahakuye mu maboko y’umwami w’i Siriya?”
Bukeye abwira Yehoshafati ati “Mbese twatabarana n’i Ramoti y’i Galeyadi?” Yehoshafati asubiza umwami w’Abisirayeli ati “Tuzatabarana nk’uwitabara, n’ingabo zanjye nk’ingabo zawe, n’amafarashi yanjye nk’ayawe.”
Yehoshafati abwira umwami w’Abisirayeli ati “Ndakwinginze, ubu banza ugishe ijambo ry’Uwiteka inama.”
Nuko umwami w’Abisirayeli ateranya abahanuzi, ari abagabo nka magana ane arababaza ati “Ntabare i Ramoti y’i Galeyadi cyangwa se ndorere?” Baramusubiza bati “Tabara, kuko Uwiteka azahagabiza umwami.”
Ariko Yehoshafati arabaza ati “Mbese nta wundi muhanuzi w’Uwiteka uri hano ngo tumubaze?”
Umwami w’Abisirayeli asubiza Yehoshafati ati “Hasigaye undi mugabo twabasha kugisha Uwiteka inama, ariko ndamwanga kuko atampanurira ibyiza, keretse ibibi. Uwo ni Mikaya mwene Imula.” Yehoshafati aramusubiza ati “Mwami, wivuga utyo.”
Nuko umwami w’Abisirayeli ahamagara umutware aramubwira ati “Ihute uzane Mikaya mwene Imula.”
Kandi umwami w’Abisirayeli na Yehoshafati umwami w’Abayuda bari bicaye ku ntebe z’ubwami, umwami wese ku ye, bambaye imyambaro yabo y’ubwami, bari ku karubanda ku irembo ry’i Samariya, abahanuzi bose bahanurira imbere yabo.
Sedekiya mwene Kenāna yicurishiriza amahembe y’ibyuma aravuga ati “Uwiteka aravuze ngo Aya mahembe uzayakubitisha Abasiriya kugeza aho bazashirira.'”
N’abandi bahanuzi bose bahanura batyo bati “Tabara utere i Ramoti y’i Galeyadi uragira ishya, kuko Uwiteka azahagabiza umwami.”
Maze intumwa yari yagiye guhamagara Mikaya iramubwira iti “Dore abahanuzi bahuje amagambo ahanurira umwami ibyiza. Ndakwinginze amagambo yawe abe nk’ayabo, uvuge ibyiza.”
Mikaya arayisubiza ati “Ndahiye Uwiteka uhoraho, icyo Uwiteka ambwira ni cyo ndi buvuge.”
Nuko ageze imbere y’umwami, umwami aramubaza ati “Mikaya, dutabare i Ramoti y’i Galeyadi, cyangwa se turorere?” Aramusubiza ati “Ngaho tabara uragira ishya, kandi Uwiteka azahagabiza umwami.”
Umwami aramubwira ati “Ndakurahiza ngire kangahe, kugira ngo utagira icyo umbwira kitari ukuri mu izina ry’Uwiteka?”
Aramusubiza ati “Nabonye Abisirayeli bose batataniye ku misozi miremire nk’intama zidafite umwungeri.” Uwiteka ni ko kuvuga ati “Bariya ni impehe zitagira shebuja, nibasubire iwabo umuntu wese atahe iwe amahoro.”
Umwami w’Abisirayeli abwira Yehoshafati ati “Sinakubwiye ko atari bumpanurire ibyiza keretse ibibi?”
Mikaya aravuga ati “Noneho umva ijambo ry’Uwiteka: nabonye Uwiteka yicaye ku ntebe ye, ingabo zo mu ijuru zose zimuhagaze iburyo n’ibumoso.
Uwiteka arabaza ati Ni nde uzashukashuka Ahabu ngo atabare agwe i Ramoti y’i Galeyadi?’Umwe avuga ibye undi ibye.
Nyuma haza umwuka ahagarara imbere y’Uwiteka aravuga ati Ni jye uzamushukashuka.’
Uwiteka aramubaza ati Uzamushukashuka ute?’Na we ati Nzagenda mpinduke umwuka w’ibinyoma mu kanwa k’abahanuzi be bose.’Na we aramusubiza ati Nuko uzamushukashuke, kandi uzabishobore. Genda ugire utyo.’
Nuko rero, dore Uwiteka ashyize umwuka w’ibinyoma mu kanwa k’abahanuzi bawe bose, kandi Uwiteka akuvuzeho ibyago.
Maze Sedekiya mwene Kenāna yigira hafi akubita Mikaya urushyi, aramubaza ati “Uwo mwuka w’Uwiteka yanyuze he ava muri jye akaza kuvugana nawe.”
Mikaya aramusubiza ati “Uzabimenya umunsi uzicumita mu mwinjiro w’inzu wihisha.”
Maze umwami w’Abisirayeli aravuga ati “Nimujyane Mikaya mumushyire Amoni umutware w’umurwa, na Yowasi umwana w’umwami
muti Umwami aravuze ngo: Iki kigabo nimugishyire mu nzu y’imbohe, mukigaburire ibyokurya by’agahimano n’amazi y’agahimano, kugeza aho azatabarukira amahoro.'”
Mikaya aravuga ati “Nuramuka utabarutse amahoro, Uwiteka azaba atavugiye muri jye.” Kandi aravuga ati “Murumve namwe rubanda mwese.”
Yeremiya igice cya 27
Mu itangira ry’ingoma ya Sedekiya mwene Yosiya umwami w’u Buyuda, iri jambo ryaje kuri Yeremiya riva ku Uwiteka ngo
Uku ni ko Uwiteka yambwiye ati: Ishakire ingoyi n’ibiti by’imbago ubyishyire ku ijosi,
maze ubyoherereze umwami wo muri Edomu n’umwami w’i Mowabu, n’umwami wa bene Amoni, n’umwami w’i Tiro n’umwami w’i Sidoni, ubihaye intumwa zaje i Yerusalemu kwa Sedekiya umwami w’u Buyuda,
ubatume kuri ba shebuja uti Uku ni ko Uwiteka Nyiringabo Imana y’Abisirayeli ibabwira iti: Uku abe ari ko muzabwira ba shobuja muti:
Ni jye waremye isi n’abantu n’inyamaswa biri ku isi, mbiremesheje ububasha bwanjye bukomeye n’ukuboko kwanjye kurambuye, kandi nkabyegurira uwo nshaka.
Nuko rero ibyo bihugu byose nabigabiye umugaragu wanjye Nebukadinezari umwami w’i Babuloni, n’amatungo yo mu misozi narayamuhaye ngo amukorere.
Kandi amahanga yose azamukorera, we n’umwana we n’umwuzukuru we kugeza igihe igihugu cye kizazungurwa, ni bwo amahanga menshi n’abami bakomeye bazigabanya igihugu cye.’
Nuko rero ubwoko n’igihugu bitazakorera uwo Nebukadinezari umwami w’i Babuloni, kandi ntibacishe ijosi bugufi ngo bamuyoboke, ubwo bwoko nzabuhanisha inkota n’inzara n’icyorezo, kugeza ubwo nzaba maze kubatsembesha amaboko ye.
Ariko mwebweho ntimukumvire abahanuzi banyu cyangwa abapfumu banyu, cyangwa inzozi zanyu cyangwa abacunnyi banyu ndetse n’abarozi banyu bababwira bati Ntabwo muzakorera umwami w’i Babuloni’,
kuko ibyo babahanurira ari ibinyoma kugira ngo mukurwe mu gihugu cyanyu mujye kure, kandi ngo mbirukane mujye kurimbuka.
Ariko ubwoko buzayoboka umwami w’i Babuloni bukamukorera, ubwo ni bwo nzarekera mu gihugu cyabwo, kandi buzagihinga bukibemo.” Ni ko Uwiteka avuga.
Maze mvugana na Sedekiya umwami w’u Buyuda, nkurikije ayo magambo yose nti “Nimuyoboke umwami w’i Babuloni mumukorere we n’abantu be, kugira ngo mubeho.
Kuki mwapfa wowe n’ubwoko bwawe, muzize inkota n’inzara n’icyorezo, nk’uko Uwiteka yabivuze ku bwoko bwanga gukorera umwami w’i Babuloni?
Kandi ntimukumvire amagambo y’abahanuzi bababwira ngo Ntabwo muzakorera umwami w’i Babuloni’, kuko ibyo babahanurira ari ibinyoma
kandi ntabatumye, ahubwo bahanura ibinyoma mu izina ryanjye kugira ngo mbirukane, ngo mupfe mwe n’abahanuzi babahanurira.” Ni ko Uwiteka avuga.
Kandi nabwiye abatambyi n’ubu bwoko bwose nti “Uku ni ko Uwiteka avuga ngo: Ntimukumvire amagambo y’abahanuzi babahanurira bati Dore ibyakoreshwaga byo mu nzu y’Uwiteka bigiye kugarurwa vuba bivanwa i Babuloni’, kuko babahanurira ibinyoma.
Ntimukabumvire, nimukorere umwami w’i Babuloni kandi muzabaho. Kuki uyu murwa wahinduka umusaka?
Naho rero niba ari abahanuzi, kandi ijambo ry’Uwiteka rikaba riri kumwe na bo, nibinginge Uwiteka Nyiringabo kugira ngo ibikoreshwa byasigaye mu nzu y’Uwiteka, no mu nzu y’umwami w’u Buyuda n’i Yerusalemu, bye kujyanwa i Babuloni.
Uku ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga ku nkingi no ku gikarabiro kidendeje, no ku bitereko no ku bikoreshwa byasigaye muri uyu murwa,
ibyo Nebukadinezari umwami w’i Babuloni atajyanye, igihe yajyanaga Yekoniya mwene Yehoyakimu umwami w’u Buyuda amukuye i Yerusalemu, akamujyana i Babuloni ari imbohe hamwe n’imfura zose z’i Buyuda n’i Yerusalemu:
ni ukuri uku ni ko Uwiteka Nyiringabo Imana ya Isirayeli ivuga, ku bikoreshwa byasigaye mu nzu y’Uwiteka no mu nzu y’umwami w’u Buyuda n’i Yerusalemu iti
Bizajyanwa i Babuloni kandi ni ho bizaguma kugeza umunsi nzajya kubyenda, nkabigarura nkabisubiza ahabyo.'” Ni ko Uwiteka avuga.
Yeremiya igice cya 28
Nuko mu mwaka Sedekiya umwami w’u Buyuda agitangira kwima, mu kwezi kwa gatanu k’umwaka wa kane, Hananiya mwene Azuri umuhanuzi wahoze i Gibeyoni ambwirira mu nzu y’Uwiteka, imbere y’abatambyi na rubanda rwose ati
Uku ni ko Uwiteka Nyiringabo Imana ya Isirayeli ivuze iti Naciye uburetwa bw’umwami w’i Babuloni.
Yeremiya 28 3 28 3 Imyaka ibiri nishira nzagarura aha ibikoreshwa by’inzu y’Uwiteka byose, ibyo Nebukadinezari umwami w’i Babuloni yakuye aha, akabijyana i Babuloni.
Yeremiya 28 4 28 4 Kandi Yekoniya mwene Yehoyakimu umwami w’u Buyuda, n’imbohe zose z’u Buyuda zajyanywe i Babuloni nzabagarura aha, kuko nzaca uburetwa bw’umwami w’i Babuloni.’ Ni ko Uwiteka avuga.
Maze umuhanuzi Yeremiya abwirira umuhanuzi Hananiya imbere y’abatambyi, n’imbere ya rubanda rwose rwari ruhagaze mu nzu y’Uwiteka ati
Birakaba, Uwiteka azabigenze atyo. Uwiteka asohoze amagambo yawe wahanuye yo kugarura ino ibikoreshwa by’inzu y’Uwiteka byose, n’abajyanywe i Babuloni ari imbohe.
Ariko rero wumve ijambo ngiye kukumvisha, wowe na rubanda rwose:
abahanuzi ba kera batubanjirije twembi, bahanuye iby’intambara n’iby’ibyago n’iby’icyorezo, biraba mu bihugu byinshi no mu bwami bukomeye.
None umuhanuzi uhanura iby’amahoro, ijambo rye nirisohora ni ho azamenyekana ko yatumwe n’Uwiteka koko.
Hananiya aherako akura bya biti by’imbago mu ijosi ry’umuhanuzi Yeremiya, arabivuna.
Maze Hananiya avugira imbere ya rubanda rwose ati “Uku ni ko Uwiteka avuga ati Imyaka ibiri nishira, uko ni ko nzavuna uburetwa bwa Nebukadinezari umwami w’i Babuloni, nkabukura ku ijosi ry’ayo mahanga yose.'” Nuko umuhanuzi Yeremiya arigendera.
Maze ijambo ry’Uwiteka riza kuri Yeremiya, umuhanuzi Hananiya amaze kuvuna igiti cy’imbago cyari mu ijosi ry’umuhanuzi Yeremiya riti
Genda ubwire Hananiya uti Uku ni ko Uwiteka avuga ngo: Wavunaguye imbago y’igiti ariko uzakora iz’ibyuma mu cyimbo cyazo.’
Kuko uko ari ko Uwiteka Nyiringabo Imana ya Isirayeli ivuga iti Nshyize imbago y’icyuma mu majosi y’ayo mahanga yose, kugira ngo akorere Nebukadinezari umwami w’i Babuloni. Azamukorera kandi muhaye n’inyamaswa zo mu ishyamba.’
Maze umuhanuzi Yeremiya abwira umuhanuzi Hananiya ati “Noneho umva Hananiya, Uwiteka ntabwo yagutumye ariko wateye ubu bwoko kwiringira ibinyoma.
Ni cyo gituma Uwiteka avuga atya ati Dore ngiye kuguca mu gihugu, muri uyu mwaka uzawupfamo kuko wagomeshereje Uwiteka.'”
Nuko muri uwo mwaka mu kwezi kwa karindwi, Hananiya arapfa.