Mukundwa Mugeni wa Kristo, reka tujye hamwe kuri iki Cyumweru i Saa Sita z’Amanywa ku isaha y’I Jeffersonville, kugira ngo twumve 65-0801E Ibibaho Byagaragajwe N’Ubuhanuzi
Mukundwa Mugeni, Jambo Mwari Muto wa Kristo, Mukumbi:
Mbega uburyo imitima yacu inezerwa igihe twumvise marayika Wayo ukomeye atangaza ko, turi Urubyaro rw’Imana rwamenywe mbere rudashobora kugira ikindi rukora uretse gukurikira Ijwi Ryayo. Riruta ubuzima kuri twe. Ushobora gutwara ubuzima bwacu, ariko ntushobora gutwara Ijwi Ryayo. Turi Umwe n’Ijambo Ryayo. Turi Umwe n’Ijwi Ryayo. Turi Umwe na We.
Bisa nkaho ari ibishyitsi cyane kuri twe kuburyo batadusobanukirwa ndetse bakaduseka kubera ko tuvuga ko twizera mu gucuranga amakasete; ibyo ni Ijwi ry’Imana rivugana n’Umugeni Wayo. Satani yashutse abantu cyane kuburyo batekereza ko iyo duhamya ko turi itorero rya kasete, aba ari ikintu gihabanye n’Ijambo, ikintu kitaricyo, kandi turimo kuyobywa, nyamara igihe cyose ariyo nzira itunganye yatanzwe n’Imana kubw’Umugeni Wayo.
Byashoboka bite ko habaho indi nzira? Uramutse usobanuye nabi Ijambo rimwe ryavuzwe, waba uzimiye. Bashobora kuba bafite umugambi mwiza n’intego nziza, ariko bakaba bibeshye. Umuntu ashobora kuba asizwe n’Umwuka Wera kandi agakomeza kuba yibeshye.
Iyo Imana itajya kuba yaratanze uburyo Umugeni Wayo ashobora kumva buri Jambo, noneho ubwo hajyaga kubaho indi nzira. Ariko Yatanze inzira kubwa buri kiremwa muntu ku isi kubwo kugira amahirwe yo kumva Ijambo rivugana nabo bidaciye ku ruhande bidakeneye ubusobanuro, ibisiguro, cyangwa kubitangaho umucyo. Byose ni Uku Niko Uwiteka Avuze… NTA KINDI!
Nizera ko icyo dukeneye cyose cyanditse aha nyine, bipfa kuba bisobanuwe n’ Umwuka Wera. Sinemera ko hari umuntu n’umwe ku isi wagira uburenganzira bwo kongera ibisobanuro bye bwite ku Ijambo. Uwiteka ntakeneye ko hagira umuntu n’umwe usobanura Ijambo Rye. Ni we Uryisobanurira. Yavuze ko Yajyaga kubikora, kandi Arabikora.
Muburyo bweruye, Umwami yavuganye n’Umugeni We kandi amuhishurira ko nta yindi nzira ihari kugira ngo ube Umugeni Wayo watoranijwe uretse kugumana n’Ijambo Rayo. Imana Ubwayo isobanura Ijambo Ryayo Ubwayo kandi nta numwe ufite uburenganzira bwo kongeraho ibisobanura bye kuri Ryo.
Ijambo kandi ryavuze ko UMUHANUZI Wayo ari umusobanuzi w’Ijambo Ryayo. We ni Ijwi ry’Imana ku bantu. Icyo avuze ni Ijambo ry’igihe cyacu.
Kubwo kumva Ijwi ry’Imana ku makasete, turi ubuhanuzi buri gusohora. Nta kintu gikomeye cyane, cyera cyane, nta gihari cyarushaho gusohora, nta kintu gihari gitunganye kiruta kumva Ijwi ry’Imana rihamirijwe rivugana natwe.
Buri teraniro duterana rigenda rirushaho kuba ryiza kandi ryiza cyane ku Bizu by’Imana. Turi hamwe mu mwuka Umwe n’umutima Umwe, twicaye hamwe ahantu ho mu Ijuru, twumva Ijwi rivugana natwe kandi ridutunganya binyuze mu Ijambo Ryayo.
Turifuza ko mwiyunga natwe kuri iki Cyumweru I Saa Sita z’Amanywa, ku isaha y’I Jeffersonville, mu gihe twumva Ijwi ry’Imana rivugana natwe indi nshuro kandi rikatuzanira ubusobanuro bw’Ijambo Ryayo Ubwayo.
Mwene Data Joseph Branham
Ubutumwa: Imana Y’Iki Gisekuru Kibi 65-0801M
Ibyanditswe byo gusomwa mbere y’Ubutumwa:
Matayo igice cya 24 Yesu asohoka mu rusengero. Akigenda, abigishwa be baramusanga bashaka kumwereka imyubakire y’urusengero. Arababwira ati “Ntimureba ibi byose? Ndababwira ukuri yuko aha hatazasigara ibuye rigeretse ku rindi ritajugunywe hasi.” Yicaye ku musozi wa Elayono, abigishwa baza aho ari biherereye baramubaza bati “Tubwire, ibyo bizaba ryari, n’ikimenyetso cyo kuza kwawe n’icy’imperuka y’isi ni ikihe?” Yesu arabasubiza ati “Mwirinde hatagira umuntu ubayobya, kuko benshi bazaza biyita izina ryanjye bati Ni jye Kristo’, bazayobya benshi. Muzumva iby’intambara n’impuha z’intambara, mwirinde mudahagarika imitima kuko bitazabura kubaho, ariko imperuka izaba itaraza. Ishyanga rizatera irindi shyanga, n’ubwami buzatera ubundi bwami, hazabaho inzara n’ibishyitsi hamwe na hamwe. Ariko ibyo byose bizaba ari itangiriro ryo kuramukwa. Ubwo ni bwo bazabagambanira ngo mubabazwe, ndetse bazabica, muzangwa n’amahanga yose abahora izina ryanjye. Ni bwo benshi bazasubira inyuma, bazagambanirana bangane. N’abahanuzi benshi b’ibinyoma bazaduka bayobye benshi. Maze kuko ubugome buzagwira, urukundo rwa benshi ruzakonja. Ariko uwihangana akageza imperuka ni we uzakizwa. Kandi ubu butumwa bwiza bw’ubwami buzigishwa mu isi yose, ngo bube ubuhamya bwo guhamiriza amahanga yose, ni bwo imperuka izaherako ize. Ariko ubwo muzabona ikizira kirimbura cyahanuwe n’umuhanuzi Daniyeli gihagaze Ahera, (ubisoma abyitondere), icyo gihe abazaba bari i Yudaya bazahungire ku misozi, n’uzaba ari hejuru y’inzu ye ntazamanuka ngo atware ku bintu byo mu nzu ye, n’uzaba ari mu mirima ye ntazasubira imuhira ngo azane umwenda we. Abazaba batwite n’abonsa muri iyo minsi bazabona ishyano. Namwe musengere kugira ngo guhunga kwanyu kutazabaho mu mezi y’imbeho cyangwa ku isabato, kuko muri iyo minsi hazabaho umubabaro mwinshi, utigeze kubaho uhereye ku kuremwa ku isi ukageza none, kandi ntuzongera kubaho. Iyo minsi iyaba itagabanijweho ntihajyaga kuzarokoka n’umwe, ariko ku bw’intore iyo minsi izagabanywaho. Icyo gihe umuntu nababwira ati Dore Kristo ari hano’, n’undi ati Ari hano’, ntimuzabyemere. Kuko abiyita Kristo n’abahanuzi b’ibinyoma bazaduka bakora ibimenyetso bikomeye n’ibitangaza, kugira ngo babone uko bayobya n’intore niba bishoboka. Dore mbibabwiye bitaraba. Nuko nibababwira bati Dore ari mu butayu’, ntimuzajyeyo, cyangwa bati Dore ari mu kirambi’, ntimuzabyemere. Kuko nk’uko umurabyo urabiriza iburasirazuba ukabonekera aho rirengera, ni ko no kuza k’Umwana w’umuntu kuzaba. Aho umubiri uri hose, ni ho ibizu biteranira. Ariko hanyuma y’umubabaro wo muri iyo minsi, uwo mwanya Izuba rizijima, n’ukwezi ntikuzava umwezi wako, n’inyenyeri zizagwa ziva mu ijuru, n’imbaraga zo mu ijuru zizanyeganyega.’ Ubwo ni bwo ikimenyetso cy’Umwana w’umuntu kizabonekera mu ijuru, n’amoko yose yo mu isi ni bwo azaboroga abonye Umwana w’umuntu aje ku bicu byo mu ijuru, afite ubushobozi n’ubwiza bwinshi. Azatumisha abamarayika be ijwi rirenga ry’impanda, bateranye intore ze mu birere bine, uhereye impera y’ijuru ukageza iyindi mpera yaryo. Murebere ku mutini ni wo cyitegererezo: ishami ryawo, iyo ritoshye ibibabi bikamera, mumenya yuko igihe cy’impeshyi kiri bugufi. Nuko namwe nimubona ibyo byose, muzamenye yuko ari hafi, ndetse ageze ku rugi. Ndababwira ukuri yuko ab’ubu bwoko batazashiraho kugeza aho ibyo byose bizasohorera. Ijuru n’isi bizashira, ariko amagambo yanjye ntazashira na hato. Ariko uwo munsi n’icyo gihe nta wubizi, naho baba abamarayika bo mu ijuru cyangwa Umwana, keretse Data wenyine. Uko iminsi ya Nowa yari iri, no kuza k’Umwana w’umuntu ni ko kuzaba, kuko nk’uko bari bameze muri iyo minsi yabanjirije umwuzure, bararyaga, baranywaga, bararongoraga, barashyingiraga, bageza umunsi Nowa yinjiriye mu nkuge, ntibabimenya kugeza aho umwuzure waziye ukabatwara bose. Ni ko no kuza k’Umwana w’umuntu kuzaba. Icyo gihe abagabo babiri bazaba bari mu murima, umwe azajyanwa undi asigare, abagore babiri bazaba basya ku rusyo, umwe azajyanwa undi asigare. Nuko mube maso kuko mutazi umunsi Umwami wanyu azazaho. Ariko ibi mubimenye, iyaba nyir’urugo yari amenye igicuku umujura azaziramo yabaye maso, ntiyamukundiye gucukura inzu ye. Nuko namwe mwitegure, kuko igihe mudatekereza ari cyo Umwana w’umuntu azaziramo. Mbese ni nde mugaragu ukiranuka w’ubwenge, shebuja yasigiye abo mu rugo rwe kubagerera igerero igihe cyaryo? Uwo mugaragu arahirwa, shebuja naza agasanga abikora. Ndababwira ukuri yuko azamwegurira ibintu bye byose. Ariko umugaragu mubi niyibwira mu mutima we ati Databuja aratinze’, maze agatangira gukubita abagaragu bagenzi be no gusangira n’abasinzi, shebuja w’uwo mugaragu azaza umunsi atamutegereje n’igihe atazi, amucemo kabiri amuhanane n’indyarya. Ni ho bazaririra bakahahekenyera amenyo.
Matayo 27:15-23 Muri iyo minsi mikuru, uko umwaka utashye umutegeka yagiraga akamenyero ko kubohorera abantu imbohe imwe, iyo bashakaga. Icyo gihe bari bafite imbohe y’ikimenywabose, yitwaga Baraba. Nuko bateranye Pilato arababaza ati “Uwo mushaka ko mbabohorera ni nde? Ni Baraba, cyangwa ni Yesu witwa Kristo?” Kuko yamenye yuko ishyari ari ryo rimubatangishije. Kandi ubwo yari yicaye ku ntebe y’imanza, umugore we amutumaho ati “Ntugire icyo utwara uwo mukiranutsi, kuko naraye ndose byinshi kuri we byambabaje.” Ariko abatambyi bakuru n’abakuru boshya abantu ngo basabe Baraba, bicishe Yesu. Nuko umutegeka yongera kubabaza ati “Muri abo bombi, uwo mushaka ni nde nkamubabohorera?” Bati “Ni Baraba.” Pilato arabasubiza ati “Yesu witwa Kristo ndamugira nte?” Bose bati “Nabambwe!” Na we arababaza ati “Kuki? Yakoze cyaha ki?” Ariko barushaho gusakuza cyane bati “Nabambwe!”
Luka 17:30 Ni na ko bizamera umunsi Umwana w’umuntu azabonekeraho.
Yohana 1:1 Mbere na mbere hariho Jambo; Jambo uwo yahoranye n’Imana kandi Jambo yari Imana.
Yohana 14:12 Ni ukuri, ni ukuri, ndababwira yuko unyizera, imirimo nkora na we azayikora ndetse azakora n’iyiruta, kuko njya kwa Data.
Ibyakozwe 10:47-48 Aba ngaba bahawe Umwuka Wera nkatwe, ni nde ubasha kubima amazi ngo batabatizwa? Ategeka ko babatizwa mu izina rya Yesu Kristo. Baherako baramwinginga ngo amareyo iminsi.
1 Abakorinto 4:1-5 Nuko rero abantu bajye badutekereza yuko turi abakozi ba Kristo, n’ibisonga byeguriwe ubwiru bw’Imana. Kandi ibisonga bishakwaho ko biba abanyamurava. Ni cyo gituma kuri jye bitagira icyo bintwara rwose gucirwa urubanza namwe cyangwa n’abanyarukiko b’abantu, kuko ndetse nanjye ubwanjye nticira urubanza kuko ari nta cyo niyiziho. Nyamara si icyo kintsindishiriza, ahubwo Umwami ni we uncira urubanza. Ni cyo gituma mudakwiriye guca urubanza rw’ikintu cyose igihe cyarwo kitarasohora, kugeza ubwo Umwami wacu azaza agatangaza ibyari byahishwe mu mwijima, kandi akagaragaza n’imigambi yo mu mitima. Ubwo ni bwo umuntu wese azahabwa n’Imana ishimwe rimukwiriye.
1 Abakorinto igice cya 14 Mushimikire urukundo kandi mwifuze impano z’Umwuka, ariko cyane cyane mwifuze guhanura. Uvuga ururimi rutamenyekana si abantu abwira keretse Imana, kuko ari ntawumva ahubwo mu mwuka avuga amayoberane. Ariko uhanura we abwira abantu ibyo kubungura n’ibyo kubahugura, n’ibyo kubahumuriza. Uvuga ururimi rutamenyekana ariyungura, ariko uhanura yungura Itorero. Nakunda ko mwese muvuga izindi ndimi, ariko ibirutaho ko muhanura. Uhanura aruta uvuga izindi ndimi, keretse azisobanuye kugira ngo Itorero ryunguke. Ariko none bene Data, ninza iwanyu mvuga indimi zitamenyekana nzabamarira iki, nintababwira ibyo mpishuriwe cyangwa ibyo mpawe kumenya, cyangwa guhanura cyangwa kwigisha? Dore ibidafite ubugingo na byo bigira amajwi, ari umwironge cyangwa inanga, ariko iyo bidatandukanije amajwi yabyo, babwirwa n’iki ikivuzwa cyangwa igicurangwa icyo ari cyo? Kandi n’impanda na yo ivuze ijwi ritamenyekana, ni nde wakwitegura gutabara? Namwe ni uko, ururimi rwanyu nirutavuga ibimenyekana, bazabwirwa n’iki ibyo muvuga ibyo ari byo, ko muzaba mugosorera mu rucaca? Indimi zo mu isi nubwo ari nyinshi zite nta rudafite uko rusobanurwa. Nuko ntamenye uko ururimi rusobanurwa, nabera uvuga umunyamahanga kandi n’uvuga na we yambera umunyamahanga. Nuko rero namwe ubwo mushimikira kubona impano z’Umwuka, abe ari ko murushaho gushishikarira kuzunguza Itorero. Nuko uvuga ururimi rutamenyekana asabe, kugira ngo ahabwe no gusobanura. Iyo nsenga mu rurimi rutamenyekana umwuka wanjye urasenga, ariko ubwo bwenge bwanjye ntibugira icyo bwungura abandi. Nuko noneho ngire nte? Nzajya nsengesha umwuka wanjye ariko kandi nzajya nsengesha n’ubwenge, nzaririmbisha umwuka wanjye ariko kandi nzaririmbisha n’ubwenge. Utabikoze nawe ugashima Imana uyishimishije umwuka wawe wonyine, umuntu uri mu ruhande rw’injiji akaba atamenye icyo uvuze, yabasha ate kwikiriza ati “Amen”, umaze gushima? Ku bwawe uba ushimye neza koko, ariko wa wundi nta cyo aba yungutse. Nshimira Imana yuko mwese mbarusha kuvuga indimi zitamenyekana, ariko mu iteraniro aho kuvuga amagambo inzovu mu rurimi rutamenyekana, nahitamo kuvuga amagambo atanu nyavugishije ubwenge bwanjye, kugira ngo nigishe n’abandi. Bene Data, ntimube abana bato ku bwenge, ahubwo mube abana b’impinja ku bibi, ariko ku bwenge mube bakuru. Byanditswe mu mategeko ngo “Nzavuganira n’ubu bwoko, Mu kanwa k’abavuga izindi ndimi, No mu kanwa k’abanyamahanga, Nyamara nubwo bimeze bityo ntibazanyumvira.” Ni ko Uwiteka avuga. Ni cyo gituma indimi zitamenyekana zitagenewe kubera abizera ikimenyetso keretse abatizera, naho guhanura ko ntikwagenewe abatizera keretse abizera. Nuko rero Itorero ryose iyo riteraniye hamwe, bose bakavuga indimi zitamenyekana hakinjiramo abatarajijuka cyangwa abatizera, ntibazavuga ko musaze? Ariko bose niba bahanura, hakinjiramo utizera cyangwa injiji, yakwemezwa ibyaha bye na bose akarondorwa na bose, ibihishwe byo mu mutima we bikerurwa, maze yakwikubita hasi yubamye akaramya Imana, kandi akamamaza yuko Imana iri muri mwe koko. Nuko bene Data, iyo muteranye bimera bite? Umuntu wese afite indirimbo cyangwa amagambo yo kwigisha, cyangwa amagambo ahishuriwe, cyangwa ururimi rutamenyekana, cyangwa amagambo yo kurusobanura. Nuko rero byose bikorerwe kugira ngo abantu bunguke. Niba hariho abavuga ururimi rutamenyekana, havuge babiri cyangwa batatu badasaga, kandi bavuge bakurikirana umwe asobanure. Ariko nihaba hatariho usobanura, uvuga ururimi acecekere mu iteraniro, yibwire kandi abwirire Imana mu mutima we. N’abahanuzi na bo bavuge ari babiri cyangwa batatu, abandi babigenzure. Ariko undi wicaye, nashoka ahishurirwa, uwabanje ahore kuko mwese mubasha guhanura umwe umwe, kugira ngo bose babone uko bigishwa no guhugurwa. Imyuka y’abahanuzi igengwa na bo, kuko Imana itari iy’umuvurungano, ahubwo ari iy’amahoro. Nk’uko bimeze mu matorero yose y’abera, abagore nibacecekere mu materaniro, kuko batemererwa kuvuga, ahubwo baganduke nk’uko amategeko na yo avuga. Kandi nibagira icyo bashaka kumenya babibarize abagabo babo imuhira, kuko biteye isoni ko umugore avugira mu iteraniro. Mbese kuri mwe ni ho ijambo ry’Imana ryaturutse? Cyangwa se ryageze kuri mwe mwenyine? Nihagira umuntu wibwira ko ari umuhanuzi cyangwa ko afite Umwuka, amenye ibyo mbandikiye yuko ari itegeko ry’Umwami wacu. Ariko umuntu natabyemera na we ye kwemerwa. Nuko bene Data, mwifuze guhanura kandi ntimubuze abandi kuvuga indimi zitamenyekana. Ariko byose bikorwe neza uko bikwiriye, no muri gahunda.
2 Abakorinto 4:1-6 Nuko rero, ubwo dufite uwo murimo wo kugabura iby’Imana ku bw’imbabazi twagiriwe, ntiducogora ahubwo twanga ibiteye isoni bikorwa rwihishwa, tutagendera mu buriganya kandi tutagoreka ijambo ry’Imana, ahubwo tuvuga ukuri tweruye bigatuma umuntu wese adushimisha umutima we imbere y’Imana. Ariko niba ubutumwa bwiza twahawe butwikiriwe, butwikiririwe abarimbuka ari bo batizera, abo imana y’iki gihe yahumiye imitima, kugira ngo umucyo w’ubutumwa bw’ubwiza bwa Kristo, ari we shusho y’Imana utabatambikira. Kuko tutabwiriza abantu ibyacu, ahubwo tubabwiriza ibya Kristo Yesu ko ari we Mwami, natwe tukaba abagaragu banyu ku bwa Yesu. Imana yategetse umucyo kuva uturutse mu mwijima, ni yo yaviriye mu mitima yacu, kugira ngo imurikishe ubwenge bwo kumenya ubwiza bw’Imana buri mu maso ha Yesu Kristo.
Abagalatiya 1:1-4 Pawulo (intumwa itari iy’abantu, kandi itatumwe n’umuntu, ahubwo yatumwe na Yesu Kristo n’Imana Data wa twese yamuzuye), jye na bene Data turi kumwe bose, turabandikiye mwebwe abo mu matorero y’i Galatiya. Ubuntu bube muri mwe n’amahoro, biva ku Mana Data wa twese no ku Mwami wacu Yesu Kristo, witangiye ibyaha byacu ngo aturokore iki gihe kibi cya none, nk’uko Imana Data wa twese yabishatse.
Abefeso 2:1-2 Namwe yarabazuye, mwebwe abari bapfuye muzize ibicumuro n’ibyaha byanyu, ibyo mwagenderagamo kera mukurikiza imigenzo y’iyi si, mugakurikiza umwami utegeka ikirere, ari we mwuka ukorera mu batumvira.
Abefeso 4:30 Kandi ntimuteze agahinda Umwuka Wera w’Imana wabashyiriweho kuba ikimenyetso, kugeza ku munsi wo gucungurwa.
2 Abatesalonike 2:2-4 kugira ngo mutanamuka vuba mukava mu bwenge cyangwa ngo muhagarike imitima, naho mwaba mubitewe n’umwuka cyangwa n’ijambo cyangwa n’urwandiko rukekwa ko ruvuye kuri twe, bihamya yuko umunsi w’Umwami wacu umaze gusohora. Ntihakagire umuntu uboshya uburyo bwose, kuko uwo munsi utazaza kurya kwimūra Imana kutabanje kubaho, kandi urya munyabugome atarahishurwa ari we mwana wo kurimbuka. Ni umubisha wishyira hejuru y’icyitwa imana cyose cyangwa igisengwa, kugira ngo yicare mu rusengero rw’Imana, yiyerekane ko ari Imana.
Abaheburayo igice cya 7 Melikisedeki uwo wari umwami w’i Salemu, n’umutambyi w’Imana Isumbabyose (wa wundi wasanganiye Aburahamu, ubwo yatabarukaga avuye gutsinda abami, amuha umugisha, ni na we Aburahamu yahaye kimwe mu icumi cya byose). Ubwa mbere izina rye risobanurwa ngo “Umwami wo gukiranuka”, kandi irya kabiri yitwa “Umwami w’i Salemu”, risobanurwa ngo “Umwami w’amahoro.” Ntagira se ntagira nyina, ntagira ba sekuruza kandi ntafite itangiriro ry’iminsi cyangwa iherezo ry’ubugingo, ahubwo ubwo ashushanywa n’Umwana w’Imana, ahora ari umutambyi iteka ryose. Nuko mutekereze namwe uburyo uwo muntu yari akomeye, byatumye ndetse Aburahamu sogokuruza mukuru amuha kimwe mu icumi cy’iminyago y’inyamibwa. Kandi abana ba Lewi ari bo bahabwa ubutambyi, bafite itegeko ryo gukoresha abantu kimwe mu icumi, ni bo bene wabo nubwo abo bakomotse ku rukiryi rwa Aburahamu. Ariko dore wa wundi utakomotse mu muryango wabo yakoresheje Aburahamu kimwe mu icumi, kandi aha umugisha nyir’ibyasezeranijwe! Nta wahakana ko uworoheje ahabwa umugisha n’ukomeye. Kandi muri twe abantu bapfa ni bo bahabwa kimwe mu icumi, naho icyo gihe cyahawe uhamywa ko ahoraho. Ndetse byabasha kuvugwa yuko Lewi uhabwa kimwe mu icumi, na we ubwe yagikoreshejwe ku bwa Aburahamu kuko yari akiri mu rukiryi rwa sekuruza, ubwo Melikisedeki yamusanganiraga. Nuko, niba gutunganywa rwose kuba kwarazanywe n’ubutambyi bw’Abalewi (kuko mu gihe cyabwo ari ho abantu baherewe amategeko), ni iki cyatumye bigikwiriye ko undi mutambyi aboneka wo mu buryo bwa Melikisedeki, utavugwaho ko ari mu buryo bwa Aroni? Nuko rero ubwo ubutambyi bwahindutse ni cyo gituma n’amategeko na yo akwiriye guhinduka, kuko uwavuzweho ibyo, ari uwo mu wundi muryango utigeze gukomokwaho n’uwakoze umurimo wo ku gicaniro. Kandi biragaragara rwose yuko Umwami wacu yakomotse kuri Yuda, ari nta cyo Mose yavuze kuri uwo muryango cyerekeye ubutambyi. Ndetse birushaho kugaragara, ubwo habonetse undi mutambyi uhwanye na Melikisedeki, utatoranirijwe ubutambyi nk’uko byategetswe n’amategeko yo mu buryo bw’abantu, ahubwo wabuheshejwe n’uko afite imbaraga z’ubugingo butagira iherezo, kuko ahamywa ngo “Uri umutambyi iteka ryose, Mu buryo bwa Melikisedeki.” Nuko rero itegeko rya mbere ryakuweho ku bw’intege nke zaryo n’umumaro muke, kuko amategeko atagize icyo yatunganije rwose, ahubwo yari ibanze ry’ibyiringiro biyaruta biduhesha kwegera Imana. Kandi ubwo bitabaye ari nta ndahiro, (dore Abalewi bahawe ubutambyi ari nta ndahiro, nyamara Iyabuhaye uwo yararahiye imubwiye iti “Uwiteka ararahiye kandi ntazivuguruza ati Uri umutambyi iteka ryose'”), ni cyo cyatumye Yesu aba umwishingizi w’isezerano rirusha rya rindi kuba ryiza. Kandi ba bandi babaye abatambyi ni benshi kuko urupfu rubabuza guhoraho, naho Uwo kuko ahoraho iteka ryose afite ubutambyi budakuka. Ni cyo gituma abasha gukiza rwose abegerezwa Imana na we, kuko ahoraho iteka ngo abasabire. Byari bikwiriye ko tugira Umutambyi mukuru umeze atyo wera, utagira uburiganya, utandura, watandukanijwe n’abanyabyaha kandi washyizwe hejuru y’amajuru, utagomba iminsi yose nka ba batambyi bakuru bandi kubanza kwitambirira ibitambo by’ibyaha bye ubwe, hanyuma ngo abone uko abitambirira abandi kuko ibyo yabikoze rimwe ngo bibe bihagije iteka ubwo yitambaga. Amategeko ashyiriraho abanyantegenke kuba ari bo baba abatambyi bakuru, naho ijambo rya ya ndahiro ryaje nyuma y’amategeko, rishyiraho Umwana w’Imana watunganijwe rwose kugeza iteka ryose.
1 Yohana igice cya 1 Uwahozeho uhereye mbere na mbere, uwo twumvise, uwo twiboneye n’amaso yacu, kandi uwo twitegereje intoki zacu zikamukoraho, ari we Jambo ry’ubugingo kandi ubwo Bugingo bwarerekanywe turabubona, turabuhamya kandi none turababwira iby’ubwo Bugingo buhoraho, bwahoranye na Data wa twese tukabwerekwa. Ibyo twabonye tukabyumva ni byo tubabwira kugira ngo namwe mufatanye natwe, kuko ubwacu dufatanije na Data wa twese n’Umwana we Yesu Kristo. Ibyo ni byo tubandikiye, kugira ngo umunezero wanyu ube mwinshi. Ubu ni bwo butumwa twumvise buvuye kuri we tukabubabwira, yuko Imana ari umucyo kandi ko muri yo hatari umwijima na muke. Nituvuga yuko dufatanije na yo tukagendera mu mwijima, tuba tubeshye tudakurikiza ukuri, ariko rero iyo tugendeye mu mucyo nk’uko na yo iri mu mucyo, tuba dufatanije ubwacu kandi amaraso ya Yesu Umwana wayo atwezaho ibyaha byose. Nituvuga yuko ari nta cyaha dufite tuba twishutse, ukuri kuba kutari muri twe. Ariko nitwatura ibyaha byacu, ni yo yo kwizerwa kandi ikiranukira kutubabarira ibyaha byacu no kutwezaho gukiranirwa kose. Nituvuga yuko ari nta cyaha twakoze tuba tuyise umunyabinyoma, kandi n’ijambo ryayo ntiriba riri muri twe.
1 Yohana 3:10 Icyo ni cyo kimenyekanisha abana b’Imana n’abana ba Satani. Umuntu wese udakiranuka cyangwa udakunda mwene Se, si uw’Imana.
1 Yohana 4:4-5 Bana bato, muri ab’Imana kandi ba bandi mwarabanesheje, kuko uri muri mwe aruta uri mu b’isi. Abo ni ab’isi: ni cyo gituma bavuga iby’isi ab’isi bakabumvira.
Ibyahishuwe 3:14 Wandikire marayika w’Itorero ry’i Lawodikiya uti Uwiyita Amen, umugabo wo guhamya kandi ukiranuka w’ukuri, inkomoko y’ibyo Imana yaremye aravuga aya magambo ati
Ibyahishuwe 13:4 Baramya icyo kiyoka kuko cyahaye iyo nyamaswa ubutware bwacyo, baramya n’iyo nyamaswa bati “Ni nde uhwanye n’iyi nyamaswa, kandi ni nde ubasha kuyirwanya?”
Ibyahishuwe ibice 6-8 Nuko mbona Umwana w’Intama amena kimwe muri ibyo bimenyetso birindwi bifatanije cya gitabo, numva kimwe muri bya bizima bine kivuga ijwi nk’iry’inkuba kiti “Ngwino.” Ngiye kubona mbona ifarashi y’umweru, kandi uyicayeho yari afite umuheto ahabwa ikamba, nuko agenda anesha kandi ngo ahore anesha. Umwana w’Intama amennye ikimenyetso cya kabiri, numva ikizima cya kabiri kivuga kiti “Ngwino.” Nuko haza indi farashi itukura cyane, uyicayeho ahabwa gukura amahoro mu isi ngo bicane, kandi ahabwa inkota ndende. Umwana w’Intama amennye ikimenyetso cya gatatu, numva ikizima cya gatatu kivuga kiti “Ngwino.” Nuko ngiye kubona mbona ifarashi y’umukara, kandi uyicayeho yari afite urugero rw’indatira mu intoki ze. Numva hagati y’ibyo bizima bine igisa n’ijwi rivuga riti “Urugero rumwe rw’ingano rugurwe idenariyo imwe, n’ingero eshatu za sayiri zigurwe idenariyo imwe, naho amavuta na vino ntugire icyo ubitwara.” Umwana w’Intama amennye ikimenyetso cya kane, numva ijwi ry’ikizima cya kane kivuga kiti “Ngwino.” Nuko, ngiye kubona mbona ifarashi y’igitare igajutse, kandi uyicayeho yitwa Rupfu, kandi Kuzimu aramukurikira. Nuko bahabwa ubutware bwa kimwe cya kane cy’isi, ngo babicishe inkota n’inzara n’urupfu, n’ibikoko byo mu isi. Umwana w’Intama amennye ikimenyetso cya gatanu, mbona munsi y’igicaniro imyuka y’abishwe bahōwe ijambo ry’Imana n’ubuhamya bahamyaga. Batakana ijwi rirenga bati “Ayii Mwami wera w’ukuri! Uzageza he kudaca amateka no kudahōra abari mu isi, uhōrere amaraso yacu?” Umuntu wese muri bo ahabwa igishura cyera, babwirwa kumara n’ikindi gihe gito baruhuka, kugeza aho umubare w’imbata bagenzi babo na bene Se bagiye kwicwa nka bo uzuzurira. Nuko mbona amena ikimenyetso cya gatandatu, habaho igishyitsi cyinshi, izuba ririrabura nk’ikigunira kiboheshejwe ubwoya, ukwezi kose guhinduka nk’amaraso, inyenyeri zo mu ijuru zigwa hasi, nk’uko umutini iyo unyeganyejwe n’umuyaga mwinshi uragarika imbuto zawo zidahishije, ijuru rikurwaho nk’uko bazinga igitabo cy’umuzingo, imisozi yose n’ibirwa byose bikurwa ahantu habyo. Abami bo mu isi n’abatware bakomeye n’abatware b’ingabo, n’abatunzi n’ab’ububasha n’imbata zose n’ab’umudendezo bose bihisha mu mavumo no mu bitare byo ku misozi, babwira imisozi n’ibitare bati “Nimutugweho, muduhishe amaso y’Iyicaye kuri iriya ntebe n’umujinya w’Umwana w’Intama, kuko umunsi ukomeye w’umujinya wabo usohoye kandi ni nde ubasha guhagarara adatsinzwe?” Hanyuma y’ibyo mbona abamarayika bane bahagaze ku mpfuruka enye z’isi bafashe imiyaga ine yo mu isi, kugira ngo hatagira umuyaga uhuha mu isi cyangwa mu nyanja cyangwa ku giti cyose. Mbona na marayika wundi azamuka ava i burasirazuba, afite ikimenyetso cy’Imana ihoraho, arangurura ijwi rirenga, abwira ba bamarayika bane bahawe kubabaza isi n’inyanja ati Ntimubabaze isi cyangwa inyanja cyangwa ibiti tutaramara gushyira ikimenyetso mu ruhanga rw’imbata z’Imana yacu. Numva umubare w’abashyizweho ikimenyetso ngo ni agahumbi n’inzovu enye n’ibihumbi bine. Ni bo bashyizweho ikimenyetso bo mu miryango yose y’Abisirayeli. Abo mu muryango wa Yuda bashyizweho ikimenyetso ni inzovu n’ibihumbi bibiri. Abo mu muryango wa Rubeni ni inzovu n’ibihumbi bibiri. Abo mu muryango wa Gadi ni inzovu n’ibihumbi bibiri. Abo mu muryango wa Asheri ni inzovu n’ibihumbi bibiri. Abo mu muryango wa Nafutali ni inzovu n’ibihumbi bibiri. Abo mu muryango wa Manase ni inzovu n’ibihumbi bibiri. Abo mu muryango wa Simiyoni ni inzovu n’ibihumbi bibiri. Abo mu muryango wa Lewini inzovu n’ibihumbi bibiri. Abo mu muryango wa Isakari ni inzovu n’ibihumbi bibiri. Abo mu muryango wa Zebuluni ni inzovu n’ibihumbi bibiri. Abo mu muryango wa Yosefu ni inzovu n’ibihumbi bibiri. Abo mu muryango wa Benyamini ni inzovu n’ibihumbi bibiri. Hanyuma y’ibyo mbona abantu benshi umuntu atabasha kubara, bo mu mahanga yose n’imiryango yose n’amoko yose n’indimi zose, bahagaze imbere ya ya ntebe n’imbere y’Umwana w’Intama, bambaye ibishura byera kandi bafite amashami y’imikindo mu ntoki zabo, bavuga ijwi rirenga bati “Agakiza ni ak’Imana yacu yicaye ku ntebe n’ak’Umwana w’Intama.” Nuko abamarayika bose bari bahagaze bagose ya ntebe na ba bakuru na bya bizima bine, bikubita hasi bubamye imbere y’intebe, baramya Imana bati Amen, amahirwe n’icyubahiro n’ubwenge n’ishimwe, no guhimbazwa n’ubutware n’imbaraga bibe iby’Imana yacu iteka ryose, Amen. Umwe muri ba bakuru arambaza ati “Aba bambaye ibishura byera ni bande kandi bavuye he?” Ndamusubiza nti “Mwami wanjye, ni wowe ubizi.” Arambwira ati “Aba ni abavuye muri urya mubabaro mwinshi, kandi bameshe ibishura byabo babyejesha amaraso y’Umwana w’Intama. Ni cyo gituma baba imbere y’intebe y’Imana, bakayikorera mu rusengero rwayo ku manywa na nijoro, kandi Iyicaye ku ntebe izababambaho ihema ryayo. Ntibazicwa n’inzara ukundi, kandi ntibazicwa n’inyota ukundi kandi izuba ntirizabica cyangwa icyokere cyose, kuko Umwana w’Intama uri hagati y’intebe y’ubwami, azabaragira akabuhira amasōko y’amazi y’ubugingo, kandi Imana izahanagura amarira yose ku maso yabo.” Umwana w’Intama amennye ikimenyetso cya karindwi, mu ijuru habaho ituze nk’igice cy’isaha. Mbona abamarayika barindwi bahora bahagarara imbere y’Imana bahabwa impanda ndwi. Haza marayika wundi ahagarara ku gicaniro afite icyotero cyacuzwe mu izahabu, ahabwa imibavu myinshi ngo ayongere ku mashengesho y’abera bose, ayishyire ku gicaniro cy’izahabu kiri imbere ya ya ntebe. Umwotsi w’umubavu uva mu kuboko kwa marayika, uzamukana imbere y’Imana n’amashengesho y’abera. Nuko marayika ajyana icyo cyotero acyuzuza umuriro wo ku gicaniro akijugunya mu isi, hakurikiraho amajwi avuga n’inkuba zihinda, n’imirabyo n’igishyitsi. Nuko ba bamarayika barindwi bari bafite impanda ndwi bitegura kuzivuza. Uwa mbere avuza impanda. Hakurikiraho urubura n’umuriro bivanze n’amaraso, bijugunywa mu isi. Nuko kimwe cya gatatu cy’isi kirashya, kimwe cya gatatu cy’ibiti na cyo kirashya kandi ibyatsi bibisi byose birashya. Nuko marayika wa kabiri avuza impanda. Ikimeze nk’umusozi munini waka umuriro kijugunywa mu nyanja, kimwe cya gatatu cy’inyanja gihinduka amaraso, kimwe cya gatatu cy’ibyaremwe byo mu nyanja bifite ubugingo birapfa, kandi kimwe cya gatatu cy’inkuge kirarimbuka. Marayika wa gatatu avuza impanda: inyenyeri nini iva mu ijuru iragwa yaka nk’urumuri, igwa kuri kimwe cya gatatu cy’inzuzi n’imigezi no ku masōko. Iyo nyenyeri yitwa Muravumba. Kimwe cya gatatu cy’amazi gihinduka apusinto, abantu benshi bicwa n’ayo mazi kuko yasharirijwe. Marayika wa kane avuza impanda. Kimwe cya gatatu cy’izuba na kimwe cya gatatu cy’ukwezi, na kimwe cya gatatu cy’inyenyeri bikorwaho, kugira ngo kimwe cya gatatu cyabyo cyijime amanywa atavira kuri kimwe cya gatatu cyayo, n’ijoro ni uko. Ndareba numva ikizu kiguruka kiringanije ijuru kivuga ijwi rirenga kiti “Ni ishyano, ni ishyano, ni ishyano rizabonwa n’abari mu isi ku bw’ayandi majwi y’impanda z’abamarayika batatu zigiye kuvuzwa.”
Ibyahishuwe 11-12 Bampa urubingo rusa n’inkoni bati “Haguruka ugere urusengero rw’Imana n’igicaniro n’abasengeramo, ariko urugo rw’urusengero urureke nturugere kuko rwahawe abanyamahanga, kandi umudugudu wera bazamara amezi mirongo ine n’abiri bawukandagira. Abahamya banjye babiri nzabaha guhanura, bahanure iminsi igihumbi na magana abiri na mirongo itandatu bambaye ibigunira.” Abo bahamya ni bo biti bya elayo bibiri n’ibitereko by’amatabaza bibiri, bihagarara imbere y’Umwami w’isi. Kandi iyo umuntu ashatse kubagirira nabi umuriro ubava mu kanwa ukotsa abanzi babo, kandi nihagira umuntu ushaka kubagirira nabi, uko ni ko akwiriye kwicwa. Bafite ubushobozi bwo gukinga ijuru ngo imvura itagwa mu minsi yo guhanura kwabo, kandi bafite ubushobozi bwo guhindura amazi amaraso no guteza isi ibyago byose uko bashatse. Kandi nibarangiza guhamya kwabo, inyamaswa izazamuka ivuye ikuzimu irwane na bo, ibaneshe ibīce. Intumbi zabo zizarambarara mu nzira nyabagendwa yo mu mudugudu munini, ari wo witwa i Sodomu no muri Egiputa mu mvugo y’umwuka, ari na ho Umwami wabo yabambwe. Nuko abo mu moko n’imiryango n’indimi n’amahanga, bazamara iminsi itatu n’igice bareba intumbi zabo, ntibazazikundira guhambwa mu mva. Abari mu isi bazazīshima hejuru bazikina ku mubyimba banezerwe, bohererezanye impano kuko abo bahanuzi bombi bababazaga abari mu isi. Iyo minsi itatu n’igice ishize, umwuka w’ubugingo uva ku Mana winjira muri bo baherako barahaguruka, ubwoba bwinshi butera ababibonye. Bumva ijwi rirenga rivugira mu ijuru ribabwira riti “Nimuzamuke muze hano.” Nuko bazamukira mu gicu bajya mu ijuru abanzi babo babireba. Uwo mwanya habaho igishyitsi cyinshi, kimwe cya cumi cya wa mudugudu kiragwa, icyo gishyitsi cyica abantu ibihumbi birindwi, abasigaye baterwa n’ubwoba bahimbaza Imana nyir’ijuru. Ishyano rya kabiri rirashize, dore irya gatatu riraza vuba. Marayika wa karindwi avuza impanda. Mu ijuru havuga amajwi arenga ngo “Ubwami bw’isi bubaye ubw’Umwami wacu n’ubwa Kristo we, kandi azahora ku ngoma iteka ryose.” Ba bakuru makumyabiri na bane bicara ku ntebe zabo imbere y’Imana, bikubita hasi bubamye baramya Imana bati Turagushimye Mwami Imana Ishoborabyose, iriho kandi yahozeho kandi izahoraho, kuko wenze ubushobozi bwawe bukomeye ukīma. Amahanga yararakaye nuko umujinya wawe uraza, igihe cyo guciriramo abapfuye iteka kirasohora, n’icyo kugororereramo abagaragu b’imbata bawe ari ni bo bahanuzi, no kugororera abera n’abubaha izina ryawe, aboroheje n’abakomeye, kandi n’igihe cyo kurimburiramo abarimbura isi. Urusengero rw’Imana rwo mu ijuru rurakingurwa, mu rusengero rwayo habonekamo isanduku y’isezerano ryayo, habaho imirabyo n’amajwi no guhinda kw’inkuba, n’igishyitsi n’urubura rwinshi. Ikimenyetso gikomeye kiboneka mu ijuru, mbona umugore wambaye izuba, ukwezi kwari munsi y’ibirenge bye, ku mutwe yambaye ikamba ry’inyenyeri cumi n’ebyiri, kandi yari atwite. Nuko atakishwa no kuramukwa, ababazwa n’ibise. Mu ijuru haboneka ikindi kimenyetso, mbona ikiyoka kinini gitukura gifite imitwe irindwi n’amahembe cumi, no ku mitwe yacyo gifite ibisingo birindwi. Umurizo wacyo ukurura kimwe cya gatatu cy’inyenyeri zo ku ijuru, uzijugunya mu isi. Icyo kiyoka gihagarara imbere y’uwo mugore waramukwaga, kugira ngo namara kubyara gihereko kirye umwana we kimutsōtsōbe. Abyara umwana w’umuhungu uzaragiza amahanga inkoni y’icyuma. Umwana we arasahurwa ajyanwa ku Mana no ku ntebe yayo. Uwo mugore ahungira mu butayu aho afite ahantu yiteguriwe n’Imana, kugira ngo bamugaburirireyo kumara iminsi igihumbi na magana abiri na mirongo itandatu. Mu ijuru habaho intambara. Mikayeli n’abamarayika be batabarira kurwanya cya kiyoka, ikiyoka kirwanana n’abamarayika bacyo. Ntibanesha kandi mu ijuru ahabo ntihaba hakiboneka. Cya kiyoka kinini kiracibwa, ari cyo ya nzoka ya kera yitwa Umwanzi na Satani, ari cyo kiyobya abari mu isi bose. Nuko kijugunywa mu isi, abamarayika bacyo bajugunyanwa na cyo. Numva ijwi rirenga rivugira mu ijuru riti “Noneho agakiza karasohoye, gasohoranye n’ubushobozi n’ubwami bw’Imana yacu n’ubutware bwa Kristo wayo, kuko Umurezi wa bene Data ajugunywe hasi, wahoraga abarega ku manywa na nijoro imbere y’Imana yacu. Na bo bamuneshesheje amaraso y’Umwana w’Intama n’ijambo ryo guhamya kwabo, ntibakunda amagara yabo, ntibanga no gupfa. Nuko rero wa juru we, namwe abaribamo nimwishime. Naho wowe wa si we, nawe wa nyanja we, mugushije ishyano kuko Satani yabamanukiye afite umujinya mwinshi, azi yuko afite igihe gito.” Nuko cya kiyoka kibonye yuko kijugunywe mu isi, gihīga wa mugore wabyaye umuhungu. Umugore ahabwa amababa abiri y’ikizu kinini, kugira ngo aguruke ahungire mu butayu ahantu he, aho agaburirirwa igihe n’ibihe n’igice cy’igihe, arindwa icyo kiyoka. Icyo kiyoka gicira amazi ameze nk’uruzi inyuma y’uwo mugore kugira ngo amutembane. Ariko isi iramutabara, yasamya akanwa kayo imira uruzi cya kiyoka cyaciriye. Ikiyoka kirakarira wa mugore, kiragenda ngo kirwanye abo mu rubyaro rwe basigaye, bitondera amategeko y’Imana kandi bafite guhamya kwa Yesu.
Ibyahishuwe 18:1-5 Hanyuma y’ibyo mbona marayika wundi amanuka ava mu ijuru afite ubutware bukomeye isi imurikirwa n’ubwiza bwe. Arangurura ijwi rirenga ati “Iraguye iraguye, Babuloni ikomeye! Ihindutse icumbi ry’abadayimoni, aharindirwa imyuka mibi yose n’ibisiga byose bihumanye kandi byangwa. Kuko amahanga yose yanyoye inzoga ari zo ruba ry’ubusambanyi by’uwo mudugudu, kandi abami bo mu isi basambanaga na wo, abatunzi bo mu isi bagatungishwa n’ubwinshi bw’ubutunzi bwawo no kudamarara.” Numva irindi jwi rivugira mu ijuru riti “Bwoko bwanjye, nimuwusohokemo kugira ngo mwe gufatanya n’ibyaha byawo, mwe guhabwa no ku byago byawo. Kuko ibyaha byawo byarundanijwe bikagera mu ijuru, kandi Imana yibutse gukiranirwa kwawo.
Imigani 3:5 Wiringire Uwiteka n’umutima wawe wose, We kwishingikiriza ku buhanga bwawe.
Yesaya 14:12-14
Wa nyenyeri yo mu ruturuturu we, mwana w’umuseke ko uvuye mu ijuru, ukagwa! Uwaneshaga amahanga ko baguciye bakakugeza ku butaka! Waribwiraga uti Nzazamuka njye mu ijuru nkuze intebe yanjye y’ubwami isumbe inyenyeri z’Imana’, kandi uti Nzicara ku musozi w’iteraniro mu ruhande rw’impera y’ikasikazi, nzazamuka ndenge aho ibicu bigarukira, nzaba nk’Isumbabyose.’
Uku gukurura gukomeye kuri kubaho hirya no hino ku isi ni ukw’iki? Abantu baturutse hose ku isi baterana I saa sita z’amanywa ku isaha y’I Jeffersonville, bicaye mu mazu yabo no mu nsengero zabo hamwe no gutegerezanya amatsiko gukomeye, bategereje kumva Ijwi ry’Imana rivugana nabo.
Ni ibidasanzwe kandi bitumvikana kub’isi kuvuga ko twumva gusa amakasete. Baravuga ngo twumva kasete ibihe byose. Nta kindi gihari twakumva icyarimwe nayo. Bakavuga ngo mugomba kumva umurimo muzima, umubwiriza, atari amakasete gusa, Bafashwe mu migenzo yabo.
Ntakintu nk’iki cyigeze kibaho mu mateka y’isi. Ni iki cyakuruye aba bantu kugira ngo biyunge icyarimwe ngo bumve iryo Jwi rihamagarira Umugeni gusohoka? Ni Imana irimo isohoza Luka 17:30. Ni Imana irimo ihishura Ibyahishuwe 10:7. Ni Imana irimo ihishura Abaheburayo 13:8, Melikisedeki mu mubiri w’umuntu, nkuko Yabikoze kuri Abrahamu.
Barategereje kandi barimo baribaza ngo, ese ni iki Aza kuvuga? Ese ni iki kiribuze kubaho igihe Aributangire kuvuga? Barashaka kuba bari aho ku mirongo ya telephone kugira ngo bakire ikintu cyose Avuze. Bararishaka. Barashaka kubyumvira icyarimwe n’Umugeni wo ku isi hose. Kubera ko bizera ko we ari ijwi Imana yatoranije ko riba Ijwi Ryayo ryo guhamagarira Umugeni Wayo gusohoka no kumuyobora.
Nubwo bari ahantu handukanye cyane ku masaha, ariko bari hamwe nk’ITSINDA RIMWE, bakurikiye, barimo kumva iryo Jwi rivugana nabo bari aho mu Rusengero rwabo rwo Mu Rugo. Bicaye aho imbere y’Umwana, bakomera kandi bategereje Kuza Kwa Mesiya.
Imitima yabo irimo irasiganwa. Umwuka Wera arimo arabahishurira ikirimo kubaho. Imana yarategereje kugeza iki gihe kugira ngo Igaragaze Ijambo Ryayo kandi iteranye Umugeni Wayo. Birimo kubaho, kandi bo ni igice cya Ryo. Ukuri kw’ibiri kujya ahabona biri kumanukira mu mitima yabo. Bamaze ibinyejana basoma ibijyanye nabyo mu Byanditswe, ariko ubu ni ukuri. Uguhishurwa kw’Ijambo kurimo kuragaragazwa binyuze muri bo. Ibyahanuwe n’umuhanuzi birimo gusohora.
Mu gihe bicaye munsi y’uko gusigwa gukomeye kw’Ijwi Rye rikomeye, Abakangurira kwitegura; kubera ko ku mugoraba araza gusengera buri wese muri bo. Atubwira igihe Atangirira gusenga, mugende murambike ibiganza kuri abo barwaye, kubera ko kubera hose icyarimwe kw’Imana kuri ahantu hose hamwe nabo, aho baba bari hose: Texas, hakurya muri California, haruguru muri Arizona, Mu Majyepfo y’Amerika, ndetse no muri utwo tururi two mu mashyamba aho kurundi ruhande rw’isi. Aho ariho hose barimo bakurikiranira ku murongo, murambikaneho ibiganza umwe ku wundi igihe tuributangire gusenga kandi Imana Iraza gukiza buri wese muri mwe, niba bizeye, kubera ko ni Uku Niko Uwiteka Avuze.
Ubu noneho basobanukiwe ko muri buri gisekuru na buri muhanuzi wigeze kubaho cyangwa wajyaga kubaho, hariho umubare runaka w’abantu bagenwe mbere ko bagomba kumva ubwo Butumwa, kandi bakabukurikira. Ntibazita ku gihiriri. Ntibita ku kunegurwa n’abatizera bavuga ko ari bibi cyangwa ko atariyo nzira Imana yateguye. Nta mpaka bafitanye nabo. Bafite ikintu kimwe BAGOMBA GUKORA, ni ukwizera kandi bagafata buri gace kose Karyo uko bashoboye, bakabyinjizamo imbere kimwe na Mariya wari wicaye ku Birenge bya Yesu. Nta soni bafite, batewe ishema no kuvuga ko ari abahungu b’amakasete cyangwa abakobwa b’amakasete bakandaho bikavuga.
Iryo Jwi ryamaze kubaburira ko hazabaho abasigwa bo mu gihe cyanyuma bazagira gusigwa gukomeye, Umwuka Wera. Bazasubiramo umuhanuzi n’Ubutumwa bw’igihe; bahamya ko ari abizera, ariko ari abasigwa b’ikinyoma.
Bizaba byegeranye cyane n’ugusigwa k’ukuri kuburyo byashobora kuyobya n’intore iyo biba bishoboka, ariko barabizi ko badashobora kuyobywa, kubera ko bo NI IJAMBO. Bo ni Umugeni w’ukuri wagumanye n’Ijwi ry’Imana.
Iryo jwi ribabwira ibyo ko muri iyi minsi bitazaba ari indimu, cyangwa inkeri. Ibyo byakoroha kumenya itandukaniro. Ariko bizaba ari tangelo, igice cy’indimu, igice cy’ironji, uruvange rw’ibituburano. Bizaba bisa n’ironji, ariko ntabwo azaba ariryo, kubera ko iryo shami rishya rizaba ari kimwe n’iry’umwimerere 100%. BAZAGUMANA N’Ijwi ry’Ijambo ry’Umwimerere. Ntabwo bazahusha na gato. Bazagumana n’uwo Imana Ubwayo yatangaje ko ari IJWI RYAYO, IJAMBO RYAYO, rihamirijwe n’Inkingi y’Umuriro.
Ni iki kiri kubaho ?
Imbuto y’Imana yagenwe mbere nta kindi yakora ureste gukurikira no kumva iryo Jwi, kubera ko risobanuye ibiruta ubuzima kuribo. Ushobora gutwara ubuzima bwabo, ariko ntabwo ushobora gutwara iryo Jwi.
Ni ukuhe gukurura?
Imana, nk’uko bisanzwe, isohoza Ijambo Ryayo.
Ngwino winyunge natwe maze ube igice cy’ubuhanuzi bw’Umuhanuzi buri gusohora kuri iki Cyumweru I Saa Sita z’Amanywa, ku isaha y’I Jeffersonville, mu gihe twumva Ibyanditswe birimo bigaragazwa.
Mwene Data Joseph Branham
Ubutumwa: 65-0725E “Ni Ukuhe Gukurura Kuri Ku Musozi?”
Ibyanditswe:
Matayo 21:1-4 Bageze bugufi bw’i Yerusalemu, bajya i Betifage ku musozi wa Elayono, maze Yesu atuma abigishwa babiri arababwira ati “Mujye mu kirorero kiri imbere, uwo mwanya muri bubone indogobe izirikanye n’iyayo, muziziture muzinzanire. Ariko nihagira umuntu ubabaza ijambo, mumubwire muti Databuja ni we uzishaka’, maze araherako azibahe.” Ibyo byabereyeho kugira ngo ibyavuzwe n’umuhanuzi bisohore ngo
Zakariya 9:9 Nezerwa cyane wa mukobwa w’i Siyoni we, rangurura wa mukobwa w’i Yerusalemu we, dore umwami wawe aje aho uri. Ni we mukiranutsi kandi azanye agakiza, yicishije bugufi agendera ku ndogobe, ndetse no ku cyana cyayo.
Malaki 3:1 Dore nzatuma integuza yanjye, izambanziriza intunganyirize inzira. Umwami mushaka azāduka mu rusengero rwe, kandi intumwa y’isezerano mwishimana dore iraje. Ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga.
Malaki igice cya 4 Dore hazaba umunsi utwika nk’itanura ry’umuriro, abibone bose n’inkozi z’ibibi zose bazaba ibishingwe, maze habe umunsi uzabatwika bashire, ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga, ntuzabasigira umuzi cyangwa ishami. Ariko mwebweho abubaha izina ryanjye, Izuba ryo gukiranuka rizabarasira rifite gukiza mu mababa yaryo, maze muzasohoka mukinagire nk’inyana zo mu kiraro. Kandi muzaribatira abanyabyaha hasi, bazaba ivu munsi y’ibirenge byanyu ku munsi nzabikoreraho. Ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga. Nimwibuke amategeko y’umugaragu wanjye Mose, ayo namutegekeye i Horebu yari ay’Abisirayeli bose, yari amategeko n’amateka. Dore nzaboherereza umuhanuzi Eliya, umunsi w’Uwiteka ukomeye kandi uteye ubwoba utaragera. Uwo ni we uzasanganya imitima ya ba se ku bana n’imitima y’abana ku ya ba se, kugira ngo ntazaza kurimbuza isi umuvumo.
Yohana 14:12 Ni ukuri, ni ukuri, ndababwira yuko unyizera, imirimo nkora na we azayikora ndetse azakora n’iyiruta, kuko njya kwa Data.
Yohana 15:1-8 Ndi umuzabibu w’ukuri, kandi Data ni nyirawo uwuhingira. Ishami ryose ryo muri jye ritera imbuto arikuraho, iryera imbuto ryose aryanganyaho amahage yaryo ngo rirusheho kwera imbuto. None mumaze kwezwa n’ijambo nababwiye. Mugume muri jye, nanjye ngume muri mwe. Nk’uko ishami ritabasha kwera imbuto ubwaryo ritagumye mu muzabibu, ni ko namwe mutabibasha nimutaguma muri jye. Ni jye muzabibu, namwe muri amashami. Uguma muri jye nanjye nkaguma muri we, uwo ni we wera imbuto nyinshi, kuko ari nta cyo mubasha gukora mutamfite. Umuntu utaguma muri jye ajugunywa hanze nk’ishami ryumye, maze bakayateranya bakayajugunya mu muriro agashya. Nimuguma muri jye amagambo yanjye akaguma muri mwe, musabe icyo mushaka cyose muzagihabwa. Ibyo ni byo byubahisha Data, ni uko mwera imbuto nyinshi, mukaba abigishwa banjye.
Luka 17:22-30 Abwira abigishwa be ati “Hazabaho igihe muzifuza kubona umunsi umwe mu minsi y’Umwana w’umuntu, ariko ntimuzawubona. Kandi bazababwira bati, Dore nguriya’, cyangwa bati Dore nguyu.’Ntimuzajyeyo kandi ntimuzabakurikire. Nk’uko umurabyo urabiriza mu ruhande rumwe rw’ijuru, ukarabagiranira mu rundi, uko ni ko Umwana w’umuntu azaba ku munsi we. Ariko akwiriye kubanza kubabazwa uburyo bwinshi, no kwangwa n’ab’iki gihe. Kandi uko byari biri mu minsi ya Nowa, ni ko bizaba no mu minsi y’Umwana w’umuntu: bararyaga, baranywaga, bararongoraga, barashyingiraga, bageza umunsi Nowa yinjiriye mu nkuge, umwuzure uraza urabarimbura bose. No mu minsi ya Loti na yo byari bimeze bityo: bararyaga, baranywaga, baraguraga, barabibaga, barubakaga, maze umunsi Loti yavuye i Sodomu, umuriro n’amazuku biva mu ijuru biragwa, birabarimbura bose. Ni na ko bizamera umunsi Umwana w’umuntu azabonekeraho.
Inyito y’umutwe w’Ubutumwa bw’iki Cyumweru urahishura uburyo Umwuka Wera abereye maso Umugeni. Kwibaza ko hazabaho abagabo basizwe bazahaguruka muri iyi minsi, hamwe no gusigwa k’ukuri k’Umwuka Wera umwe n’uwari ku muhanuzi wacu, ariko ari abi binyoma
Mbese uko gusigwa kuzaba kwegeranye bingana iki? Ese bizaba byoroshye kurondora ukamenya ikiri ukuri n’icy’ikinyoma? Umuhanuzi yatubwiye ko Umwami Dawidi, umuntu uhuye n’umutima w’Imana,afite gusigwa kuri we, n’uguhishurirwa k’ukuri; ariko bikaba byari mu makosa.
IKI!! Reka byinjire imbere muri mwe akanya gato. Umwami watoranijwe n’Imana wari ufite gusigwa k’ukuri n’uguhishurirwa k’ukuri, ariko akaba yari mu makosa! Intama z’Imana bisaba ko ziba maso zikamenya ibyo zirimo zumva ko ari ugusigwa k’ukuri cyangwa kw’ikinyoma; kuko aho kuba habo h’iteka hashingiye kuri ibi byemezo.
Turabizi ko Imana yashyizeho abakozi benshi b’ukuri basizwe kugira ngo bafashe mu kuyobora no kurindira Umugeni Wayo mu Ijambo. Ijambo Ryayo niko rivuga, kandi turashimira Imana cyane kubwa buri wese muri bo. Barahamagawe kugira ngo babe abungeri ku mikumbi yabo. Bagomba kubarindira mu Ijambo. Kubwo gukora gutyo, ntibagomba kureka gucurangira intama zabo Ijwi ry’Imana RYONYINE ryahamirijwe.
Nkuko twumvise ko umuntu wese yashobora kwibeshya, nyamara afite gusigwa k’ukuri no guhishurirwa k’ukuri. Ariko Umugeni we agomba kuba ahamirijwe, kubera ko Imana yatanze inzira itunganye uburyo bashobora kumva igihe cyose GUSIGWA K’UKURI, GUHISHURIRWA K’UKURI, UKU NIKO UWITEKA AVUZE K’UKURI, MU GUKUNDAHO GUSA BIKAVUGA.
“Aho Umubiri uri,” Manu iri, Ijambo riri, “aho ni ho ibizu biteranira.
Aho Umubiri uri, aho niho Ibizu biteranira. Aho Inyama nshya iri, Ijambo ry’igihe, Ubutumwa bw’iyo saha. Kandi nta hantu heza ho kurira iyo Manu nko kumva Ijwi ry’Imana ivuga Ubwayo.
Impamvu tutazigera, kandi tudashobora gushukwa, ni ukubera ko turi Ijambo hamwe no Guhishurirwa. Nta kindi twashobora kubacyo. Nta kindi dushobora kumva. Nta kindi tuzi.
“NDIHO!” Ntabwo ari, “Nariho, cyangwa nzabaho.” ni “NDIHO,” indagihe, Ijambo uyu mwanya. Ntabwo Ijambo ryari, Ijambo rizaza; ni Ijambo ririho ubu. Murabona? Mwabibonye? “NDIHO!” “NDIHO” ni Ijambo. “Mbere na mbere hariho Jambo, kandi Jambo yari kumwe n’Imana.” Ni byo? “NDIHO.” “Imana yanyohereje nk’umuhanuzi Wayo, kugira ngo nemeze ko ibyo ari ukuri. Ndi igisubizo cy’iri Jambo, yarambwiye ngo manuka hano ukore ibi.”
Yesu yaravuze ati, “Noneho, ibyo bigiye kongera kwisubiramo mu minsi ya nyuma,” murabona, ahamya icyo kintu kimwe.
Icyubahiro kibe icy’Uwiteka. Mu kuvuga ku Bwinshingizi bw’Umugeni. Igihe ufite uku Guhishurirwa, noneho uzamenya ko uri intore Ye, wamenywe mbere, Umugeni mukundwa.
Kubwo kumva Ijwi ry’Imana ku makasete, tuba turimo kumva Umwana w’Umuntu, ariwe Kristo. Uwo ni We turi kuryaho. Ntabwo turi kurya umuntu; umuntu, amagambo ye azananirwa. Ariko turimo turarya ku Mubiri-Jambo utananirwa w’Umwana w’Umuntu.
Niba ushaka kuba uhamirijwe 100% ko urimo kumva Uku Niko Uwiteka Avuze, ngwino wiyunge n’igice cy’Umugeni kuri iki Cyumweru I Saa Sita z’Amanywa, ku isaha y’I Jeffersonville, mu gihe twumva Ijwi ry’Imana riduhishurira byose kubijyanye n’abasigwa bo mu gihe cyanyuma.
Mwene Data Joseph Branham
Ubutumwa: Abasigwa Bo Mu gihe Cya Nyuma 65-0725M
Ibyanditswe:
Matayo 5:44-45
Ariko jyeweho ndababwira nti Mukunde abanzi banyu, musabire ababarenganya,
ni bwo muzaba abana ba So wo mu ijuru, kuko ategeka izuba rye kurasira ababi n’abeza, kandi abakiranuka n’abakiranirwa abavubira imvura.
Matayo 7:21
Umuntu wese umbwira ati Mwami, Mwami’, si we uzinjira mu bwami bwo mu ijuru, keretse ukora ibyo Data wo mu ijuru ashaka.
Icyo gihe umuntu nababwira ati Dore Kristo ari hano’, n’undi ati Ari hano’, ntimuzabyemere. Kuko abiyita Kristo n’abahanuzi b’ibinyoma bazaduka bakora ibimenyetso bikomeye n’ibitangaza, kugira ngo babone uko bayobya n’intore niba bishoboka. Dore mbibabwiye bitaraba. Nuko nibababwira bati Dore ari mu butayu’, ntimuzajyeyo, cyangwa bati Dore ari mu kirambi’, ntimuzabyemere.
Kuko nk’uko umurabyo urabiriza iburasirazuba ukabonekera aho rirengera, ni ko no kuza k’Umwana w’umuntu kuzaba.
Aho intumbi iri hose, ni ho inkongoro ziteranira. Ariko hanyuma y’umubabaro wo muri iyo minsi, uwo mwanya Izuba rizijima, n’ukwezi ntikuzava umwezi wako, n’inyenyeri zizagwa ziva mu ijuru, n’imbaraga zo mu ijuru zizanyeganyega.’
Luka 17:30
Ni na ko bizamera umunsi Umwana w’umuntu azabonekeraho.
Luka 18:1-8
Abacira umugani wo kubigisha ko bakwiriye gusenga iteka ntibarambirwe. Arababwira ati
Hariho umucamanza mu mudugudu umwe, utubaha Imana ntiyite ku bantu. Muri uwo mudugudu harimo umupfakazi, aramusanga aramubwira ati Ndengera ku mwanzi wanjye.’ Amara iminsi atemera, ariko aho ageze aribwira ati Nubwo ntubaha Imana kandi sinite ku bantu, ariko kuko uyu mupfakazi anduhije ndamurengera, ngo adahora aza iminsi yose akandushya.’
Nuko Umwami Yesu arabaza ati “Ntimwumvise ibyo umucamanza ukiranirwa yavuze?
Ubwo bibaye bityo, Imana se yo ntizarengera intore zayo ziyitakira ku manywa na nijoro? Mbese yazirangarana?
Ariko niba bumeramo amahwa n’ibitovu, buba buhinyutse bugeze hafi yo kuvumwa kandi amaherezo yabwo ni ugutwikwa.
Abaheburayo 11:4
Kwizera ni ko kwatumye Abeli aha Imana igitambo kiruta icya Kayini kuba cyiza, ni na ko kwamuhaye guhamywa ko ari umukiranutsi ubwo Imana yahamyaga ko amaturo ye ari meza, kandi ni ko kwatumye na none akivuga nubwo yapfuye.
Ibyahishuwe 10:1-7
Mbona marayika wundi ukomeye amanuka ava mu ijuru yambaye igicu, umukororombya uri ku mutwe we, mu maso he hasa n’izuba, ibirenge bye bisa n’inkingi z’umuriro.
Mu intoki ze yari afite agatabo kabumbutse. Nuko ashyira ikirenge cye cy’iburyo ku nyanja, n’icy’ibumoso agishyira ku butaka.
ahubwo mu minsi y’ijwi rya marayika wa karindwi ubwo azatangira kuvuza impanda, ni ho ubwiru bw’Imana buzaba busohoye nk’uko yabwiye imbata zayo ari zo bahanuzi.”
Ibyahishuwe 16:13-14
Nuko mbona mu kanwa ka cya kiyoka no mu kanwa ka ya nyamaswa, no mu kanwa ka wa muhanuzi w’ibinyoma, havamwo imyuka itatu mibi isa n’ibikeri,
kuko ari yo myuka y’abadayimoni, ikora ibitangaza igasanga abami bo mu isi yose, ngo ibahururize kujya mu ntambara yo ku munsi ukomeye w’Imana Ishoborabyose.
Ariko mu mwaka wa gatatu ni bwo Yehoshafati umwami w’Abayuda yamanutse asanga umwami w’Abisirayeli.
Umwami w’Abisirayeli abwira abagaragu be ati “Harya muzi ko i Ramoti y’i Galeyadi ari ahacu, kandi ko twicecekeye tukaba tutahakuye mu maboko y’umwami w’i Siriya?”
Kandi umwami w’Abisirayeli na Yehoshafati umwami w’Abayuda bari bicaye ku ntebe z’ubwami, umwami wese ku ye, bambaye imyambaro yabo y’ubwami, bari ku karubanda ku irembo ry’i Samariya, abahanuzi bose bahanurira imbere yabo.
Mikaya arayisubiza ati “Ndahiye Uwiteka uhoraho, icyo Uwiteka ambwira ni cyo ndi buvuge.”
Nuko ageze imbere y’umwami, umwami aramubaza ati “Mikaya, dutabare i Ramoti y’i Galeyadi, cyangwa se turorere?” Aramusubiza ati “Ngaho tabara uragira ishya, kandi Uwiteka azahagabiza umwami.”
Umwami aramubwira ati “Ndakurahiza ngire kangahe, kugira ngo utagira icyo umbwira kitari ukuri mu izina ry’Uwiteka?”
Aramusubiza ati “Nabonye Abisirayeli bose batataniye ku misozi miremire nk’intama zidafite umwungeri.” Uwiteka ni ko kuvuga ati “Bariya ni impehe zitagira shebuja, nibasubire iwabo umuntu wese atahe iwe amahoro.”
Umwami w’Abisirayeli abwira Yehoshafati ati “Sinakubwiye ko atari bumpanurire ibyiza keretse ibibi?”
Mikaya aravuga ati “Noneho umva ijambo ry’Uwiteka: nabonye Uwiteka yicaye ku ntebe ye, ingabo zo mu ijuru zose zimuhagaze iburyo n’ibumoso.
Uwiteka arabaza ati Ni nde uzashukashuka Ahabu ngo atabare agwe i Ramoti y’i Galeyadi?’Umwe avuga ibye undi ibye.
Uwiteka aramubaza ati Uzamushukashuka ute?’Na we ati Nzagenda mpinduke umwuka w’ibinyoma mu kanwa k’abahanuzi be bose.’Na we aramusubiza ati Nuko uzamushukashuke, kandi uzabishobore. Genda ugire utyo.’
Naho rero niba ari abahanuzi, kandi ijambo ry’Uwiteka rikaba riri kumwe na bo, nibinginge Uwiteka Nyiringabo kugira ngo ibikoreshwa byasigaye mu nzu y’Uwiteka, no mu nzu y’umwami w’u Buyuda n’i Yerusalemu, bye kujyanwa i Babuloni.
Uku ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga ku nkingi no ku gikarabiro kidendeje, no ku bitereko no ku bikoreshwa byasigaye muri uyu murwa,
ibyo Nebukadinezari umwami w’i Babuloni atajyanye, igihe yajyanaga Yekoniya mwene Yehoyakimu umwami w’u Buyuda amukuye i Yerusalemu, akamujyana i Babuloni ari imbohe hamwe n’imfura zose z’i Buyuda n’i Yerusalemu:
ni ukuri uku ni ko Uwiteka Nyiringabo Imana ya Isirayeli ivuga, ku bikoreshwa byasigaye mu nzu y’Uwiteka no mu nzu y’umwami w’u Buyuda n’i Yerusalemu iti
Bizajyanwa i Babuloni kandi ni ho bizaguma kugeza umunsi nzajya kubyenda, nkabigarura nkabisubiza ahabyo.'” Ni ko Uwiteka avuga.
Yeremiya igice cya 28
Nuko mu mwaka Sedekiya umwami w’u Buyuda agitangira kwima, mu kwezi kwa gatanu k’umwaka wa kane, Hananiya mwene Azuri umuhanuzi wahoze i Gibeyoni ambwirira mu nzu y’Uwiteka, imbere y’abatambyi na rubanda rwose ati
Uku ni ko Uwiteka Nyiringabo Imana ya Isirayeli ivuze iti Naciye uburetwa bw’umwami w’i Babuloni. Yeremiya 28 3 28 3 Imyaka ibiri nishira nzagarura aha ibikoreshwa by’inzu y’Uwiteka byose, ibyo Nebukadinezari umwami w’i Babuloni yakuye aha, akabijyana i Babuloni. Yeremiya 28 4 28 4 Kandi Yekoniya mwene Yehoyakimu umwami w’u Buyuda, n’imbohe zose z’u Buyuda zajyanywe i Babuloni nzabagarura aha, kuko nzaca uburetwa bw’umwami w’i Babuloni.’ Ni ko Uwiteka avuga.
Maze umuhanuzi Yeremiya abwirira umuhanuzi Hananiya imbere y’abatambyi, n’imbere ya rubanda rwose rwari ruhagaze mu nzu y’Uwiteka ati
Birakaba, Uwiteka azabigenze atyo. Uwiteka asohoze amagambo yawe wahanuye yo kugarura ino ibikoreshwa by’inzu y’Uwiteka byose, n’abajyanywe i Babuloni ari imbohe. Ariko rero wumve ijambo ngiye kukumvisha, wowe na rubanda rwose: abahanuzi ba kera batubanjirije twembi, bahanuye iby’intambara n’iby’ibyago n’iby’icyorezo, biraba mu bihugu byinshi no mu bwami bukomeye. None umuhanuzi uhanura iby’amahoro, ijambo rye nirisohora ni ho azamenyekana ko yatumwe n’Uwiteka koko.
Hananiya aherako akura bya biti by’imbago mu ijosi ry’umuhanuzi Yeremiya, arabivuna.
Maze Hananiya avugira imbere ya rubanda rwose ati “Uku ni ko Uwiteka avuga ati Imyaka ibiri nishira, uko ni ko nzavuna uburetwa bwa Nebukadinezari umwami w’i Babuloni, nkabukura ku ijosi ry’ayo mahanga yose.'” Nuko umuhanuzi Yeremiya arigendera.
Maze ijambo ry’Uwiteka riza kuri Yeremiya, umuhanuzi Hananiya amaze kuvuna igiti cy’imbago cyari mu ijosi ry’umuhanuzi Yeremiya riti
Genda ubwire Hananiya uti Uku ni ko Uwiteka avuga ngo: Wavunaguye imbago y’igiti ariko uzakora iz’ibyuma mu cyimbo cyazo.’ Kuko uko ari ko Uwiteka Nyiringabo Imana ya Isirayeli ivuga iti Nshyize imbago y’icyuma mu majosi y’ayo mahanga yose, kugira ngo akorere Nebukadinezari umwami w’i Babuloni. Azamukorera kandi muhaye n’inyamaswa zo mu ishyamba.’
Noneho, ndatekereza ko nta cyubahiro gihagije twashobora guha umubyeyi.
Mama wacu ni uwa mbere kuri twe, kandi yahawe inshingano zikomeye z’icyo tuzabacyo ndetse n’inzira tugomba kunyura. Yahawe ibwiriza rivuye ku Mana ryo kudushyira mu nzira ikwiriye. Niyo mpamvu abamama bafite akantu kihariye kadasanzwe bahawe n’Imana.
Mbega umugisha udasanzwe tubikiwe mu bubiko kuri iki Cyumweru, mu gihe duha icyubahiro Abamama bose, igihe twumva marayika wa Karindwi w’Imana agaragaza urukundo no kubaha ba mama bacu bafite mu mitima yacu.
Turabizi ko buri munsi ari Umunsi Mukuru w’umubyeyi, ariko kuri iki Cyumweru turaha icyubahiro kidasanzwe Abamama bose mu gihe twumva umuhanuzi wacu abaha icyubahiro nkuko yabivuze imyaka 67 ishize kuri uwo munsi umwe, taliki 10 Gicurasi 1959
Mwene Data Joseph Branham
Ubutumwa: Umunsi w’Umubyeyi 59-0510M
Igihe: Saa Sita z’amanywa ku isaha y’I Jeffersonville
Ijwi twese dukunda kumva riraza kuvuga kuri iki Cyumweru, kandi riratuzanira Ubutumwa bw’Urwandiko rudasanzwe rw’Urukundo, bugenewe Umugeni wa Yesu Kristo gusa.
Iyo niyo mpamvu yatumye Mfata amajwi Ijwi Ryanjye, kugira ngo uzagire ahantu hatunganye ho kujya, aho hatarimo n’ikosa na rimwe, nta busobanuro bikeneye, ni Ijwi ry’Imana Ritunganye. Ahantu ushobora kujya kugira ngo wumve neza neza icyo Navuze ko ari: Uku Niko Uwiteka Avuze.
Ndibuvugane namwe mu buryo bweruye kuri iki Cyumweru. Ndashaka ko mutazigera mwibagirwa icyo ngiye kubabwira. Izi kasete nibyo Byokurya by’Umwuka Byanyu muri iki Gihe. Birakomeye cyane kuri bamwe muri bo; ntibashobora kubyakira. Ntabwo byabahishuriwe, ariko WOWE Naragutoranije, kandi nguha Guhishurirwa inzira Itunganye Natanze.
Kuri wowe, Ni ibyo Kurya Bihishwe, aho ubeshwaho n’ineza n’imbabazi z’Ijambo Rizima.
Igihe nabagaho mu mubiri mu Mwana wanjye, ntibashoboraga kwemera na gato uwo Nariwe: Imana n’umuntu. Noneho Nasezeranye ko Nzongera kugaruka indi nshuro mu minsi yanyuma maze nkabaho mu mubiri w’umuntu indi nshuro nkuko nabikoreye imbere y’Abrahamu, kandi najyaga kumanuka maze Nkiyerekana Ubwanjye mu mubiri w’umuntu nkuko nabikoze muri icyo gihe.
Hano hari icyo batamenye, icyo gihe n’ubu, ariko Nsishaka ko mwe mubyibagirwa. Ibyo Kurya byahunitswe ndimo mbagaburira, n’intumwa yanjye, ni ikintu kimwe. Ntushobora kubitandukanya. Ubutumwa n’intumwa ni ikintu kimwe. Nababwiye mu Ijambo Ryanjye icyo Nagombaga gukora muri iyi minsi. Niyo mpamvu ari ubushake Bwanjye gushyira Ijwi Ryanjye mu nsengero zanyu, mu ngo zanyu, ahantu hose mujya; kubera ko niryo Jwi ry’ingenzi cyane mugomba kumva. Niryo Jwi RYONYINE rihamirijwe rishobora kuvuga Uku Niko Uwiteka Avuze.
Imbabazi zaranzwe. Ubu murimo kubeshwaho n’Ijambo Ryanjye. Nabahaye Guhishurirwa k’Uwo Ndiwe n’ukwabo Muribo. Aho ntabwo hashobora kuba n’agacu na gato ko gushidikanya mu mitima no mu bitekerezo byanyu. Muri Abo Natoranije, Intore, Umugeni Wagenwe Mbere. Muri Ijambo Ryanjye Rivuzwe iryo ryari muri Njye mu itangira.
Mufite uburenganzira ku Byo Kurya, Ibyo Kurya by’Umwuka, ibyo isi idafite na kimwe iziho.
Mufite uburenganzira ku gukira kwa Kimana kw’imibiri yacu igihe abadogiteri bananiwe; Ni bimwe mu Byo Kurya Nasezeranye kandi nabahaye mu minsi yanyuma.
Nasezeranye guhishura amabanga y’imitima no gukora ibyo bintu. Ndi muri mwe. Muri igice cya Njye, kandi ndi igice cyanyu. Ibi bimenyetso bizaherekeza abizeye.
Kuri iki Cyumweru ndaba ndimo nunga Umugeni Wanjye wo hirya no hino ku isi n’Ijwi Ryanjye. Ndaza kubabwira kurambikanaho ibiganza umwe kuwundi. Ntiwisengere ubwawe, usengere uwo urambitseho ibiganza byawe, kubera ko nawe barimo baragusengera. Turibusengere hamwe, kandi nta n’umwe muri mwe uzagira intege nke ahariho hose mu isi niba mwizeye.
Niba wizeye, kandi ukaba nta gushidikanya mu mutima wawe, ndibwature ngo:
Satani, waratsinzwe! Yesu Kristo yaragutsinze! Yazutse mu bapfuye ahagaze hagati yacu muri iri joro, yemeza ubu Butumwa bwo mu minsi y’imperuka. Sohoka muri aba bantu! Bareke, mw’Izina rya Yesu Kristo! “Mw’Izina Ryanjye bazirukana abadayimoni,” kandi agende. Mw’Izina rya Yesu Kristo, va muri iri teraniro!
Haribubeho gukira indwara hirya no hino ku isi mu buryo butigeze buba mbere.
Ndatumira isi kuza kwiyunga natwe kuri iki Cyumweru I Saa Sita z’Amanywa, Ku Isaha y’I Jeffersonville, nuko twumve Ubutumwa n’itumwa Yayo ituzanira Ibyo Kurya By’Umwuka Mu Gihe Gikwiriye, Ibyo Kurya Byahishwe Kubw’Umugeni.
Mwene Data Joseph Branham
Ubutumwa: Ibyo Kurya By’Umwuka Mu Gihe Gikwiriye 65-0718E
Intumwa: Rev. William Marrion Branham
Ibyanditswe:
1 Abami 17:1- 7
Bukeye Eliya w’i Tishubi, umwe mu basuhuke b’i Galeyadi asanga Ahabu aramubwira ati “Ndahiye Uwiteka Imana ya Isirayeli ihoraho, iyo nkorera iteka, yuko nta kime cyangwa imvura bizagwa muri iyi myaka, keretse aho nzabitegekera.”
Isaha irakuze. Igihe kiregereje. Icyemezo kigomba gufatwa. Imana irimo kuburira abana Bayo. Uwiteka Imana yacu yamenyesheje kandi Iduhamiriza icyo Ukuri Kwayo kuri cyo binyuze mu Ijambo Ryayo, no mu Mwuka Wayo. Atari kubw’imbaraga, atari kubwo gukomera, ahubwo kubw’ Umwuka Wanjye, kandi Ijambo Ryawe ni Ukuri.
Yahamirije Umugeni mu buryo budakuka ubu ko Yesu Kristo Ari uko Yari Ejo hashize, uyu munsi, ndetse n’iteka. Yatweretse kandi aduhishurira ko Ubutumwa n’intumwa y’igihe ari umwe. Yaduhishuriye ubwiru Bwe bwose bwari bwarahishwe mu Ijambo. Yabiduhamirije akoresheje Umwuka We Wera. Nta kibazo gihari mu bitekerezo byacu, mu mitima yacu n’ubugingo. Ijwi Ryayo ku makasete ni UKU NIKO UWITEKA AVUZE KU MUGENI WAYO.
Buri wese muri twe agomba gushaka inzira Yayo yatanze itunganye. Ni gute tuzamenya ko turi mu bushake Bwayo butunganye niba umuntu nyakuri usizwe, uje aturutse imbere y’Imana ako kanya, afite guhishurirwa, niba ari ubushake butunganye bw’Imana?
Hariho INZIRA IMWE YONYINE YO KUBA UZI NEZA, kandi Imana yahaye iyo nzira Umugeni Wayo.
Ijwi ry’Imana Ubwayo ryabwiye iri torero, namwe bantu mwese ku makasete, n’abantu bari ku murongo wa telephone hirya no hino mu bice by’isi, icyo gihe ndetse n’UBU. Yatubwiye kumva neza icyo ryarimo Rivuga, kandi ko TUDASHOBORA KUNANIRWA.
Uko niko mvuze mu Izina rya Yesu Kristo. Ntukongereho ikintu. ntugakureho… gushyira ibitekerezo byawe bwite muri byo. Ujye uvuga gusa ikivuzwe kuri aya makasete. Ukore gusa icyo Uwiteka Imana yawe yagutegetse gukora. Ntukagire icyo wongeraho
Ariko Yatubwiye mu buryo bweruye ko dushobora twese gusigwa, hamwe no gusigwa k’ukuri, tukuzuzwa Umwuka Wera, hamwe no guhishurirwa gushya, nyamara tukaba turi hanze y’ubushake Bwayo. Mu minsi yacu, Yaduhaye INZIRA ITUNGANYE yo kumenya neza ko urimo kumva Ijwi ry’Imana, riturutse ku Mana Bwayo. Niyo nzira YONYINE itunganye.
Ababwiriza ntabwo bagomba gusa gusubiramo no kubwiriza ubu Butumwa, tugomba gucurangira abantu Ijwi ry’Imana riri ku makasete. NTA GUSIGWA GUKOMEYE kwaruta kumva Ijwi ry’Imana. Nta bundi buryo buhari bwo kumenya nta gacu ko gushidikanya ko icyo turimo kumva ari NEZA NEZA Icyo Imana yavuze.
Muri iyi minsi, kurenza uko byigeze biba ikindi gihe mu mateka y’isi, Imana yatanze inzira ku buryo bidashoboka ko Warihusha, niba uri Umugeni Wayo Wagenwe Mbere. Byarahamirijwe kandi bihishurwa binyuze mu Nkingi y’Umuriro Ubwayo kuba ari Ijwi ry’Imana Ubwayo rivuga ridaciye iruhande ribwira Itorero Ryayo.
Mu binyagihumbi byinshi, abana b’Imana bifuje kandi basonzera kumva Ijwi ry’Imana ubwabo. Mbega uburyo bifuje kuba bari bahari cya gihe ubwo Yesu yabwirizaga ibihumbi ku musozi. Kugira ngo bumve uburyo Avuga Ijambo Rye hamwe n’urukundo n’imbabazi. Kugira ngo bumve uburyo Atsindagira buri Jambo. Mbega uburyo ryajyaga kuvugana n’imitima yabo kandi rikayikomeza.
Turi bazima ubu kandi turi n’Imbere y’Imana twumva Ijwi ry’Imana. Umunsi umwe vuba aha ntabwo tuzongera kugaruka muri ubu bwoko bw’ubuzima indi nshuro. Tuzagaruka nk’ibiremwa bidapfa. Icyaha kizaba cyaramazweho. Satani azaba aboshywe mu myaka igihumbi kandi tuzaba kuri iyi si iyo Uwiteka Imana yacu yaduhaye.
Turuzuye 100%. Ntitwigeze na rimwe tuba abishimye cyangwa abadafite ikibazo mu buzima bwacu. Turi Umwe na We n’Ijambo Rye. Turi Ijambo Rye. TURI MU BUSHAKE BWE BUTUNGANYE KUBWO KUGUMANA N’IJWI RYE, IJAMBO RYAYO. Azagaruka umunsi umwe ubu kugira ngo atujyane hamwe na We.
Urakoze Mwami Yesu!
Umwami Imana yawe yakugaragarije ikiri Ukuri icyo ari cyo. Umwami Imana yawe yahamirije ikiri Ukuri ikoresheje Ijambo Ryayo ndetse ikoresheje Umwuka Wayo. “Si kubw’imbaraga, si kubw’ububasha, ahubwo kubw’Umwuka Wanjye.” Kandi Umwuka… Imana ishaka ko abo bayiramya mu Mwuka no mu Kuri… “Ijambo Ryawe ni Ukuri.” Kandi birahamirijwe byuzuye ko Yesu Kristo ari uko yahoze ejo hashize, uyu munsi, n’iteka. Yaberetse Imbuto za nimugoroba. Yarabibahishuriye mw’Ijambo. Yarabibahamirije binyuze mu Mwuka Wayo.
Hamwe n’umutima wanjye ndatumira buri wese muri mwe kuza kwiyunga n’igice cy’Umugeni Wayo mu gihe duteranira hamwe duturutse hirya no hino ku isi I Saa Sita z’Amanywa. Ku isaha y’I Jeffersonville, kugira ngo twumve Ijwi Ryayo rivuga rinyuriye muri marayika Wayo wa karindwi intumwa kandi atuzanire Ubutumwa: KUGERAGEZA GUKORERA IMANA UMURIMO BITARI UBUSHAKE BW’IMANA 65-0718M.
Nta kintu na kimwe gifite agaciro kuri We. Nta kindi kindi azakenera. Agomba kuba anyuzwe kandi asazwe n’umunezero kubwo kugira Guhishurirwa ko kumenya Uwo Iriyo, no Kwimenya uwo ariwe. Agomba kumenya ko Izarinda Ijambo Ryayo. UMUGENI AZABA ANYUZWE, KUBWO KUMENYA KO ARI WE YATORANIJE NGO ABE UMUGENI WAYO.
Bene Data na bashiki bacu, Imana ishobora byose y’Ijuru n’isi Irebeye aho mu Iteka maze IRAGUTORANYA… WOWE NGO UBE UMUGENI MUKUNDWA WATORANIJWE.
Ndabatumira kugira ngo mwiyunge nanjye n’igice cy’Umugeni Wayo kuri iki Cyumweru, mu gihe Umukwe avuga anyuze muri marayika Wayo ukomeye maze akatubwira ko turi Umugeni Wayo Watoranijwe.
Mwene Data Joseph Branham
Ubutumwa : 65-0429E Ugutoranya Umugeni. Igihe: ni Saa Sita Z’amanywa. Ku isaha y’I Jeffersonville
Ibyanditswe:
Itangiriro 24:12-14 Arasenga ati “Uwiteka Mana ya databuja Aburahamu, ndakwinginze, umpe ihirwe uyu munsi, ugirire neza databuja Aburahamu. Dore mpagaze ku isoko, abakobwa b’abo mu mudugudu basohotse kuvoma. Bibe bitya: umukobwa ndi bubwire nti ‘Ndakwinginze, cisha bugufi ikibindi cyawe nyweho’, akansubiza ati ‘Nywaho nduhira n’ingamiya zawe’, abe ari we watoranirije Isaka umugaragu wawe. Ibyo ni byo bizamenyesha yuko ugiriye databuja neza.”
Yatubwiye ibyabayeho mu myaka 2000 ishize, hanyuma atwereka ibirimo biba mu 2026. Yesu niwe wari Ingano ya mbere y’Imana yazutse mu bapfuye. Yazutse bikozwe n’Imbaraga z’Imana zitanga Ubuzima. Imana yazuye Ubuzima Bwe, Yaramuzuye imukura mu bapfuye, kandi Yari imbuto ya mbere muri abo basinziriye. Yari Uwa mbere wageze ku bukure, Umuba w’Imana wazungujwe nk’urwibutso rw’ituro ry’ishimwe ry’Imana, mu kwizera ko abasigaye bo muri twe bagomba kuza. Cyari ikimenyetso.
HANYUMA ADUHISHURIRA IBIRIMO KUBA UYU MUNSI. Nkuko Yajungujwe hejuru ku Munsi wa Pantekote igihe hazaga ku bantu ijwi rivuye mu Ijuru rimeze nk’umuriri, nk’umuyaga uhuha cyane. Wagomba kongera kuzunguzwa bundi bushya imbere y’abantu nkuko Yasezeranye muri Luka 17:30 na Malaki 4, igihe umwana(S-o-n) w’umuntu azahishurwa akongera kuzuguzwa hejuru y’abantu.
Nonese, Umwana w’umuntu ni Nde? «Mbere na mbere hariho Jambo, kandi Jambo yahoranye n’Imana, kandi Jambo yari Imana. Kandi Jambo yabaye Umuntu aturana na twe.» Kandi niba rero, izi nyigisho twahawe, n’ihamirizwa ry’Ijambo ry’Imana: ku bw’Ijambo ry’Imana, ku bw’ibimenyetso, ku bw’ibitangaza, tubona uyu munsi, ibyo biri mu Gitabo cya… cya Luka hano, ibyo twakomeje tuvugaho, cyangwa muri… muri Luka igice cya 17 n’umurongo wa 30; no muri Malaki 4, no mu bice bitandukanye by’Ibyanditswe tuzi, y’uko rya Jambo indi nshuro rirazunguzwa hirya no hino hejuru y’abantu, ryerekana ko imigenzo ipfuye y’umuntu yapfuye rwose, kandi ko Umwana w’Imana akiri muzima binyuze mu mubatizo w’Umwuka Wera hagati yacu, kandi arimo kuduha Ubuzima.
Aba bantu dusangiye Ubwami, bafite Imbaraga z’umuzuko, Zigaragaze kuri bo, Mwami, none aha. Kandi Umwuka ave ku kizu ajya ku kindi, Ave ku Ijambo ajya ku rindi, kugeza ubwo igihagararo cyuzuye cya Yesu Krisito kigaragarira muri buri wose muri iyi mibiri, mu buryo bw’umubiri, mu buryo bw’umwuka, cyangwa icyo baba bakeneye cyose, mu gihe turambikanaho ibiganza umwe ku wundi. Mu Izina rya Yesu Krisito.
Iryo Jambo, Iryo Jwi. BURI KINTU dukeneye kiri ku makasete, Umugeni. Imana ntabwo ijya ihindura ibitekerezo Byayo kubijyanye n’Ijambo Ryayo. Nta n’agace na gato cyangwa akantu gato gashobora guhinduka, rero Yaremye inzira Umugeni We ashobora kumvamo bakoresheje amatwi yabo bakumva NEZA NEZA icyo Yashaka kubabwira.
Imana yavuganye n’Umugeni Wayo maze Imuhishurira BURI KINTU. Byafashwe amajwi. Umugeni agomba kuza ku Mukwe; iyo ni Inzira Yayo itunganye Yatanzwe igakorwa kubw’uyu munsi. Ni UKU NIKO UWITEKA AVUZE.
Ese Imana yigeze ihindura Ibitekerezo Byayo kubijyanye n’Ijambo Ryayo? OYA. Igira UBUSHAKE BUTUNGANYE, N’UBUSHAKE BUHASWE. Umugeni agomba kuba mu BUSHAKE BUTUNGANYE. Nta Bushake butunganye, cyangwa ahantu hatunganye, haruta kumva Ijwi ry’Imana rije ako kanya riturutse ku Mana Ubwayo.
Ubutumire Bwacu kuri buri umwe wese muri twe ni ukwiyunga kuri iki Cyumweru I Saa Sita z’Amanywa ku isaha y’I Jeffersonville, kugira ngo twumve Ijwi ry’Imana rituzanira ijambo Ritunganye. Nta gukekeranya bikenewe, icara inyuma maze uvuge AMENA KURI BURI JAMBO… Nta handi hantu ibyo byashobora gukorwa, uretse binyuze MUGUKANDAHO BIKAVUGA.
Mwene Data Joseph Branham
Ubutumwa: 65-0418E– Ese Imana Ijya Ihindura Igitekerezo Cyayo Kw’Ijambo Ryayo
Tuributangirire ku gice cya 61.
Ibyanditswe byo gusoma mbere yo kumva Ubutumwa:
Kuva igice cya 19
Mu kwezi kwa gatatu Abisirayeli bavuye mu gihugu cya Egiputa, kuri uwo munsi bagera mu butayu bwa Sinayi.
Bavuye i Refidimu bageze mu butayu bwa Sinayi, babubambamo amahema. Ni ho Abisirayeli babambye amahema, imbere y’umusozi.
Mose arazamuka ngo ajye aho Imana iri, Uwiteka ari ku musozi amubwira amutera amagambo ati “Uko abe ari ko ubwira inzu ya Yakobo, ubu butumwa abe ari bwo ubwira Abisirayeli uti
Mose aramanuka ava kuri uwo musozi, aza ku bantu arabeza, bamesa imyenda yabo.
Abwira abantu ati “Umunsi wa gatatu uzasange mwiteguye, ntimuterane n’abagore banyu.”
Ku wa gatatu mu gitondo inkuba zirakubita, imirabyo irarabya, igicu gifatanye kiba kuri uwo musozi. Ijwi ry’ihembe rirenga cyane rirumvikana, abantu bose bari mu ngando z’amahema bahinda imishyitsi.
Maze Uwiteka ahwejesha amaso ya Balāmu, abona marayika w’Uwiteka ahagaze mu nzira, akuye inkota ayifashe mu ntoki. Arunama, yikubita hasi yubamye.
Matayo 28:19
Nuko mugende muhindure abantu bo mu mahanga yose abigishwa, mubabatiza mu izina rya Data wa twese n’Umwana n’Umwuka Wera,
Luka 17:30
Ni na ko bizamera umunsi Umwana w’umuntu azabonekeraho.
Ibyahishuwe igice cya 17
Haza umwe wo muri ba bamarayika barindwi bari bafite za nzabya ndwi arambwira ati “Ngwino nkwereke iteka maraya ukomeye azacirwaho, yicara ku mazi menshi.
Ni we abami bo mu isi basambanaga na we, abari mu isi bagasinda inzoga ari zo busambanyi bwe.”
Anjyana mu butayu ndi mu Mwuka, mbona umugore yicaye ku nyamaswa itukura yuzuye amazina yo gutuka Imana, ifite imitwe irindwi n’amahembe cumi.
Uwo mugore yari yambaye umwenda w’umuhengeri n’uw’umuhemba. Yari arimbishijwe n’izahabu n’amabuye y’igiciro cyinshi n’imaragarita, mu intoki ze yari afite igikombe cy’izahabu cyuzuye ibizira n’imyanda y’ubusambanyi bwe.
Mu ruhanga rwe afite izina ry’amayoberane ryanditswe ngo BABULONI IKOMEYE, NYINA W’ABAMARAYA, KANDI NYINA W’IBIZIRA BYO MU ISI.
Aha ni ho hakwiriye ubwenge n’ubuhanga. Iyo mitwe irindwi ni yo misozi irindwi uwo mugore yicaraho. Kandi ni yo bami barindwi: abatanu baraguye, umwe ariho undi ntaraza, kandi naza azaba akwiriye kumara igihe gito. Ya nyamaswa yariho ikaba itakiriho, iyo ubwayo ni uwa munani, nyamara kandi ni umwe muri ba bandi barindwi kandi arajya kurimbuka. Ya mahembe cumi wabonye ni yo bami cumi batarīma, ariko bahabwa gutegekera hamwe na ya nyamaswa nk’abami kumara isaha imwe.
Abo bahuje inama, baha ya nyamaswa imbaraga zabo n’ubutware bwabo.
Bazarwanya Umwana w’Intama, ariko Umwana w’Intama azabanesha, kuko ari we Mutware utwara abatware n’Umwami w’abami, kandi abari hamwe na we bahamagawe batoranijwe bakiranutse na bo bazayinesha.”
Nuko arambwira ati “Ya mazi wabonye wa maraya yicaraho, ni yo moko n’amateraniro y’abantu n’amahanga n’indimi.
Ya mahembe cumi wabonye na ya nyamaswabizanga maraya uwo, bimunyage bimucuze birye inyama ze, bimutwike akongoke.
Kuko Imana yashyize mu mitima yabyo gukora ibyo yagambiriye, no guhuza inama no guha ya nyamaswa ubwami bwabyo, kugeza aho amagambo y’Imana azasohorera.
Wa mugore wabonye ni we wa mudugudu ukomeye utegeka abami bo mu isi.