Mwami, ni buryo ki twasobanuramo icyo aya magambo atandatu asobanuye kuri twe, Umugeni wa Yesu Kristo? Ni Uguhishurirwa k’Ubutumwa bw’igihe kuri twe. Ni Imana irimo kuvuga inyuriye muri marayika Wayo intumwa Ibwira Umugeni Wayo ngo, “Ndabizi ko muzagumana n’Ijwi Ryanjye. Nzi icyo Ijambo Ryanjye kuri izi kasete risobanuye kuri mwe. Ndabizi ko muzagira Guhishurirwa ko ubu Butumwa Navuze ku makasete ari Ikimenyetso Cyanjye kubw’uyu munsi.”
“Nashyize Ijwi Ryanjye kuri aya makasete y’imigozi; kubera ko ubu Butumwa bugomba kubumbira hamwe Ijambo ryose. Hazaba ibihumbi gukuba ibihumbi bazumva Ijwi Ryanjye ku makasete kandi bazagira Guhishurirwa ko uyu ari umurimo Wanjye. Ni Umwuka Wera uyu munsi. Ni Ubutumwa bw’Ikimenyetso.”
Ni igihe aho buri muntu agomba kwigenzura kandi akibaza ubwe, ni iyihe nzira y’Imana itunganye uyu munsi? Ijambo ry’umuhanuzi ntiryigeze rinanirwa na rimwe. Ryarahamirijwe ko ariryo kuri RYONYINE, nicyo kintu CYONYINE kizunga Umugeni Wayo.
Buri kintu cyose yavuze cyagenze neza neza nkuko yakivuze. Inkingi y’Umuriro iracyari hano hamwe natwe. Ijwi ry’Imana riracyavugana natwe ku makasete. Umuhanuzi yatubwiye ko Imana izatunyuraho igihe Izabona Ikimenyetso. Ni igihe cyo kumaramaza kuri bose ngo bajye munsi y’Ubutumwa bw’Ikimenyetso
Twabonye Ukuboko gukomeye kw’Imana muri iki gihe cya nyuma. Yaduhaye Uguhishurirwa k’ukuri kw’Ijambo Ryayo kandi kwaje munsi y’ibiranga Ikimenyetso. Noneho, mu gihe turi munsi y’ibiranga Ikimenyetso, reka tujye hamwe maze dufate Ifunguro Ryera mu kumaramaza; kubera ko tuzi ko Imana irimo itegura gukubitisha urubanza.
Ndifuza gutumira buri wese muri mwe kugira ngo yumve kandi afate Igaburo Ryera hamwe n’Umurimo wo Kozanya Ibirenge kuri iki Cyumweru, mu gihe twumva Ubutumwa: Kumaramaza 63-0901E.
Ubutumwa n’Amateraniro y’Igaburo Ryera araba arimo gutambuka kuri Radiyo Ijwi guhera Saa Kumi n’Imwe z’umugoroba. Ku isaha y’I Jeffersonville. Nyamuneka niba mubishaka mushobora kugira amateraniro yanyu Saa Kumi n’Imwe z’Umugoroba ku isaha y’Iwanyu, kuko mbizi ko bizagora benshi bo mu bizera bo hakurya y’inyanja gutangira amateraniro yanyu kuri iriya saha. Haraba hari umurongo wo kumanuriraho inyandiko z’amateraniro
Mwene Data Joseph Branham
Ibyanditswe byo gusoma mbere y’Amateraniro:
Kuva 12:11 Uku abe ari ko muzazirya: muzazirye mukenyeye, mukwese inkweto, mwitwaje inkoni, muzazirye vuba vuba. Iyo ni yo Pasika y’Uwiteka.
Yeremiya 29:10-14
Ahubwo Uwiteka aravuga ati “Imyaka mirongo irindwi yahanuriwe i Babuloni nishira nzabagenderera, mbasohozeho ijambo ryanjye ryiza rituma mugaruka ino. Erega nzi ibyo nibwira nzabagirira! Ni amahoro si bibi, kugira ngo mbareme umutima w’ibyo muzabona hanyuma. Ni ko Uwiteka avuga. Kandi muzanyambaza, muzagenda munsenga nanjye nzabumvira. Muzanshaka mumbone, nimunshakana umutima wanyu wose. Nzabonwa namwe, ni ko Uwiteka avuga, kandi nzagarura abanyu bajyanywe ari imbohe, nzabakoranya mbakuye mu mahanga yose n’ahantu hose, aho nari narabatatanyirije, ni ko Uwiteka avuga, kandi nzabagarura aho nabakuje mukajyanwa muri imbohe.”
Luka 16:16 Amategeko n’abahanuzi byabayeho kugeza igihe cya Yohana, uhereye icyo gihe ni ho ubutumwa bwiza bw’ubwami bw’Imana bwigishirijwe, umuntu wese arabutwaranira.
Yohana 14:23 Yesu aramusubiza ati “Umuntu nankunda azitondera ijambo ryanjye, na Data azamukunda, tuzaza aho ari tugumane na we.
Abagalatiya 5:6 Muri Kristo Yesu gukebwa nta cyo kumaze cyangwa kudakebwa, ahubwo ikigira icyo kimaze ni ukwizera gukorera mu rukundo.
Imana niyo munezero wacu. Imana niyo mbaraga zacu. Kubwo kumenya ubu Butumwa, kubwo kumenya ko ari ko Kuri konyine, kubwo kumenya ko ari Ikimenyetso, ibyo birahagije, ariko nyamara kigomba gushyirwaho.
Umuhanuzi yaravuze ngo ubu Butumwa ni Ikimenyetso kubw’uyu munsi. Ubu Butumwa ni Umwuka Wera. Niba hari Ihishurirwa ry’Ubutumwa ufite ushobora kubona mu buryo bweruye isaha turi kubamo. Rero benshi baravuga ngo, “Ndabyizera. Imana yohereje umuhanuzi. Ni Ubutumwa bw’igihe,” ariko bakirata bavuga ko ntabyo bakora, kandi ko batazigera babikora, gucuranga iryo Jwi nyirizina ry’Ikimenytso mu nsengero zabo.
Ese Imana ntiyavugiye muri marayika Wayo ukomeye kandi icyo Yavuze nicyo yashakaga kuvuga. Yatubwiye ko azatwigisha binyuze mu bishushanyo n’ibicucu. Muri ubu Butumwa umuhanuzi ajya kure mu kutubwira icyo Rahabu n’umuryango we bakoze kugira ngo BAROKOKE, kugira ngo bahinduke Umugeni. Agaragaza neza icyo Rahabu yakoze.
Igihe abasore b’amakasete bacuranze “KASETE”… Tegereza akanya gato, ni iki intumwa yakoze? Yacuranze Kasete. Noneho ni iki Rahabu yakoze? Yahinduye urugo rwe ITORERO RY’AMAKASETE. Ntabwo yari atewe isoni no kuvuga ngo, “Murabona kariya gatambaro gatukura, biriya bisobanura ko ndi ITORERO RY’AMAKASETE”
Mutekereza ko iyo ajya kuba yaravuze ngo, “Yego, nizera intumwa n’Ubutumwa, ariko ntabwo tuzigera ducuranga Amakasete mu nsengero zacu. Mfite pasteri wavuze OYA, we agomba kubwiriza kandi agasubiramo icyo amakasete yavuze.” Mutekereza ko yajyaga kurokoka…???
Yashyizeho ikimenyetso, kandi inzu ye irarokoka, naho ubundi yagombaga kurimbukira hepfo aho yari ari.
Mwumvise benshi mu babwiriza batanga impamvu kubijyanye no gucuranga amakasete, ariko hafi ya bose baravuga ngo, “umuhanuzi ntabwo yigeze avuga ko tuzacuranga amakasete mu rusengero.”
Mwene Data na Mushiki wacu, ndakwinginze, ntabwo ndimo kuvuga ko umupasteri atabwiriza ubu Butumwa, cyangwa ko byaba ari amakosa aramutse abikoze. Mu buryo bwanjye, ndimo ndabwiriza ubu binyuze muri uru rwandiko, ariko fungura umutima wawe maze wumve icyo umuhanuzi arimo kuvuga kandi atuburira kuri byo. Niba uri pasteri ukaba utajya, cyangwa utazigera, ucuranga amakasete mu rusengero rwawe kubwo gutanga impamvu runaka; icyo byaba biricyo cyose, bikurikije Ijambo, uko wavuga kose ko wizera Ubutumwa bw’igihe, nkurikije icyo nizera ko Ijambo rivuga, Ikimenyetso, Ubutumwa bw’iyi saha, ntabwo urimo kugishyiraho.
Kuri iki Cyumweru, ndagutumira ngo wumvire hamwe na Branham Tabernacle I saa Sita z’amanywa, ku isaha y’I Jeffersonville, Ubutumwa : Ikimenyetso 63-0901M. Niba udashobora kwifatanya natwe, ucurange Ubutumwa ubwaribwo bwose bw’Ikimenyetso, kandi ugishyireho.
Mwene Data Joseph Branham
Ibyanditswe byo gusoma mbere yo kumva Ubutumwa:
Yosuwa igice cya 12
Aba ni bo bami b’ibihugu Abisirayeli barwanije bagahindūra ibihugu byabo hakurya ya Yorodani iburasirazuba, uhereye ku kibaya cya Arunoni ukageza ku musozi wa Herumoni, no muri Araba yose iburasirazuba.
Igihugu cya Sihoni umwami w’Abamori wabaga i Heshiboni, agatwara Aroweri mu ruhande rw’ikibaya cya Arunoni n’umudugudu wari hagati mu kibaya, n’igice cy’i Galeyadi kugeza ku mugezi Yaboki mu rugabano rw’Abamoni.
Kandi uhereye muri Araba ukageza ku ruzi rwa Kinereti iburasirazuba no ku nyanja ya Araba, ari yo Nyanja y’Umunyu mu nzira y’iburasirazuba ijya i Betiyeshimoti urugabano rwacyo rw’iruhande rw’ikusi rwanyuraga munsi y’imirenge y’imisozi Pisiga.
Kandi ahindūra n’igihugu cya Ogi umwami w’i Bashani wo mu Barafa bacitse ku icumu, babaga muri Ashitaroti no muri Edureyi.
Ni we watwaraga umusozi wa Herumoni n’i Saleka n’i Bashani yose kugeza mu rugabano rw’Abanyageshuri n’Abanyamāka, igice cy’i Galeyadi kugeza ku rugabano rwa Sihoni umwami w’i Heshiboni.
Kandi aba ni bo bari abami b’ibihugu byo hakuno ya Yorodani iburengerazuba, abo Yosuwa n’Abisirayeli banesheje, uhereye i Bāligadi mu kibaya cy’i Lebanoni ukageza ku musozi wa Halaki uzamuka i Seyiri. Yosuwa agiha imiryango y’Abisirayeli ngo habe ahabo nk’uko bagabanijwe.
Nuko rero noneho abari muri Kristo Yesu nta teka bazacirwaho,
1 Abakorinto 12:13
kuko mu Mwuka umwe twese ari mo twabatirijwe kuba umubiri umwe, naho twaba Abayuda cyangwa Abagiriki, naho twaba imbata cyangwa ab’umudendezo. Kandi twese twujujwe Umwuka umwe.
Abefeso 2:12
mwibuke ko icyo gihe mwari mudafite Kristo mutandukanijwe n’Ubwisirayeli, muri abashyitsi ku masezerano y’ibyasezeranijwe, ari nta byiringiro mufite by’ibizaba, ahubwo mwari mu isi mudafite Imana Rurema.
Abefeso 4:30
Kandi ntimuteze agahinda Umwuka Wera w’Imana wabashyiriweho kuba ikimenyetso, kugeza ku munsi wo gucungurwa.
Abaheburayo 6:4
Kuko bidashoboka ko abamaze kuvirwa n’umucyo, bagasogongera impano iva mu ijuru, bakagabana ku Mwuka Wera,
Abaheburayo 9:11-14
Ariko Kristo amaze kuza, ahinduka umutambyi mukuru w’ibyiza bizaza, anyura mu ihema rirusha rya rindi gukomera no gutungana rwose ritaremwe n’intoki. Ibyo ni ukuvuga ngo ritari iryo mu byaremwe ibi.
Igihe Wambaye umubiri maze Ugatura hano ku isi, Wunze hamwe abigishwa Bawe. Wabatandukanije na buri kintu ndetse na buri wese kugira ngo Ubahishurire Ijambo Ryawe. Ku munsi wa Pantekote, Wongeye indi nshuro guhuriza ahantu hamwe Itorero Ryawe, mu bitekerezo bimwe no guhuza umutima mbere y’uko Uza kugira ngo ubahe Umwuka Wawe Wera.
Najyaga nibaza, niburyo ki Mwami ibyo byashoboka uyu munsi? Umugeni Wawe akwirakwijwe hirya no hino ku isi. Ese Umugeni wese azaza I Jeffersonville? Ibyo ntabyo nabonye biba Mwami. Ariko Uwiteka, ntabwo ujya uhindura gahunda Yawe. Ni Itegeko Ryawe, ntaburyo buhari bwashobora kubihagarika. Ese niburyo ki Uzabikora?
ICYUBAHIRO KIBE ICY’UWITEKA… UYU MUNSI, dushobora kubibona n’amaso yacu, kandi icy’ingenzi kurutaho, NI UKUBA TURI IGICE CYABYO: Ijambo ry’Iteka ry’Imana ririmo rirasohora. Ntabwo turi ahantu hamwe MU BURYO BW’UMUBIRI, dukwirakwijwe hirya no hino ku isi yose, ariko Umwuka Wera YUNZE HAMWE UMUGENI AKORESHEJE IJWI RY’IMANA. IJAMBO RYAYO RYAVUZWE KANDI RIGAFATWA AMAJWI KU MAKASETE, Ikidakuka cy’Imana kubw’uyu munsi, riri guhuriza hamwe kandi RIKUNGA UMUGENI WAYO… KANDI NTA KINTU GIHARI GISHOBORA KUBIHAGARIKA.
Imana irimo kunga hamwe Umugeni Wayo. Ari kujya hamwe, uhereye Iburasirazuba n’Iburengerazuba, n’Amajyaruguru n’Amajyepfo. Hariho igihe cyo kwihuriza hamwe, kandi biri kubaho ubu. Ni kuyihe mpamvu yihuza? Izamurwa. Amina!
Igihe cyo kunga ubumwe kirimo kubaho UBU NYINE!!! Ni iki kirimo kutwunga? Umwuka Wera binyuze mu Ijambo Ryayo, Ijwi Ryayo. Turi kunga ubumwe kubw’iki? IZAMURWA!!! Kandi turagiye ndeste nta n’UMWE tuzasiga inyuma.
Imana irimo kumutegura. Yego Mugabo, ukwihuriza hamwe! Ni iki Yihuza na cyo? Hamwe n’Ijambo!
Ijambo ry’igihe cyacu n’iki? Ubu BUTUMWA, IJWI RYAYO, Ijwi ry’Imana ku Mugeni Wayo. Ntabwo ari umuntu. Ntabwo ari abantu. Ntabwo ari itsinda. Uwahamirijwe n’Inkingi y’Umuriro, IJWI ry’Imana riri ku makasete.
“Erega ijuru n’isi byose bizashira, ariko Ijambo Ryanjye ntirizashira.” Arimo kwihuza Ubwe n’UKU NIKO UWITEKA AVUZE atitaye ku byo amadini ayo ari yo yose cyangwa undi muntu wese avuga.
Hatitawe kucyo UWO ARIWE WESE yavuga, turimo turiyunga n’Ijwi ry’Uku Niko Uwiteka Avuze ry’igihe cyacu. Atari ubusobanuro bw’umuntu runaka; Nonese kubera iki tugomba gukora ibyo? Bigenda bihinduka kuri buri muntu, ariko Ijwi ry’Imana ku makasete NTIRYIGERA RIHINDUKA kandi ryatangajwe n’Inkingi y’Umuriro Ubwayo ko ari Ijambo ry’Imana n’Ijwi ry’Imana.
Ikibazo cyabyo ni iki,ku muntu, ntabwo amenya umuyobozi we. yego, mugabo. Bazihuriza inyuma y’idini, bazihuriza inyuma ya musenyeri cyangwa umuntu, ariko ntibazihuriza inyuma y’Umuyobozi, Umwuka Wera mu Ijambo. Murabona? Baravuga ngo, “Oh, rero, mfite ubwoba ko nzahindukamo inkundarubyino; Mfite ubwoba ko naca ahatariho.” ohhh, ngaho aho muri!
Aha niho abanegura bashinjira bereka amatorero yabo maze bakavuga ngo, “Murabona, barimo barashyira hejuru umuntu, Mwene Data Branham. Ni abizera ibyo kugira umuntu imana. kandi bakurikira umuntu, ntabwo ari Umwuka Wera.”
Ni ubupfu, Turimo turiyunga ku IJWI RY’IMANA RYAVUZWE RIGAHAMIRIZWA BINYUZE MU MUNTU. Mwibuke, uwo ni we muntu Imana yatoranije kugira ngo abe Ijwi Ryayo ryo guhamagara no kuyobora Umugeni Wayo muri iyi minsi. Iryo niryo Jwi RYONYINE ryahamirijwe n’Imana Ubwayo.
Ariko ku bihabanye nibyo, BO barimo kwiyunga ku BANTU. NTABWO bazavuza Ijwi ry’Imana riri ku makasete munsengero zabo. Muribaza ibyo bintu??? Umubwiriza ahamya ko yizera ubu Butumwa ko ari Ubutumwa bw’iyi saha, Uku Niko Uwiteka Avuze, ariko agashaka ubusobanuro bw’impamvu BATAvuza iri Jwi mu nsengero zabo, cyokora ubabwiriza BAGOMBA kumwumva n’abandi babwiriza Ijambo… Hanyuma bakavuga ko dukurikiye umuntu !!!
Twumvise Kucyumweru gishize icyo Imana yakoze kuri abo bantu!!
Turimo kwitegura Ubukwe. Turimo turahinduka Umwe hamwe na We. Ijambo rihinduka wowe, na we ugahinduka Ijambo. Yesu yaravuze ngo, “Icyo gihe muzabimenya. Ibyo Data aribyo byose, Ndibyo; kandi ibyo Ndibyo byose, muribyo, kandi ibyo muribyo byose, nibyo Ndibyo. Icyo gihe muzamenya ko Ndi muri Data, Data akaba muri Njye, Njye muri mwe, na mwe muri Njye.”
Urakoze Mwami kubwo Kwihishura Wowe Ubwawe, natwe, mu minsi yacu. Umugeni Wawe ari kwitegura Ubwe binyuze mu Ijambo Ryawe Rivuzwe. Turabizi ko turi Ubushake Bwawe butunganye kubwo kugumana n’Ijambo Ryawe rifashwe amajwi.
Ndatumira isi kugira ngo yumve Ijwi Ryonyine rihamirijwe n’Imana kubw’igihe cyacu kuri iki Cyumweru. Muratumiwe kugira mwiyunge natwe Kucyumweru I Saa Sita z’Amanywa. Ku isaha y’I Jeffersonville, mu gihe twumva : 63-0818, Igihe cyo Kunga Ubumwe n’Ikimenyetso. Niba udashobora kujya ku murongo ngo wumve hamwe natwe, ufate kasete, KASETE IYO ARIYO YOSE; yose ni UKU NIKO UWITEKA AVUZE, kandi kumva Ijambo ry’Imana biragutunganya ndetse bikagutegurira kuza Kwe kwegereje.
Mwene Data Joseph Branham
Zaburi 86:1-11 Matayo 16:1-3
Arimo kwihuriza hamwe We ubwe. Arimo kwitegura. Kubera iki? Ni Umugeni. Uko ni ukuri. Kandi Arimo Yihuza hamwe n’Umukwe We, murabona, kandi Umukwe ni Jambo. “Mu ntangiriro hariho Ijambo, Ijambo ryari kumwe n’Imana, kandi Ijambo ryari Imana. Nuko Ijambo ryambaye umubiri ritura hagati muri twe.”
Zaburi 86:1-11
Gusenga kwa Dawidi. Uwiteka, ntegera ugutwi unsubirize, Kuko ndi umunyamubabaro n’umukene.
Rindira umutima wanjye kuko ndi umukunzi wawe, Mana yanjye, kiza umugaragu wawe ukwiringira.
Mwami, mbabaririra, Kuko ari wowe ntakira umunsi ukīra.
Wishimishiriza umutima w’umugaragu wawe, Kuko ari wowe Mwami ncururira umutima.
Kuko wowe Mwami uri mwiza, witeguye kubabarira, Kandi wuzuye imbabazi ku bakwambaza bose.
Ariko mu minsi yacu Yaravuze ngo, “Nzagira itsinda rito, bake batoranijwe. Bari muri Njye kuva mbere. Bazanyakira kandi bizere Ijambo kandi umuntu natoranije guhishura Ijambo Ryanjye. Azaba ari Ijwi Ryanjye kuri bo.”
“Ntabwo bazaterwa isoni no gutangaza Ijwi Ryanjye. Ntabwo bazagira isoni zo kubwira isi ko Naje nkongera kwigaragaza Njye Ubwanjye binyuze mu mubiri w’umuntu nkuko navuze ko nzabikora. Iyi nshuro ntabwo bazaramya umuntu, ahubwo ni Njye bazaramya, Ijambo, rizaba rivugira mu muntu. Bazankunda kandi banyamamaze n’imbaraga zabo zose”
“Rero, Nabahaye ibyo bakeneye byose kugira ngo bahinduke Umugeni Wanjye. Narabakomeje Nkoresheje Ijambo Ryanjye; kubera ko NI IJAMBO RYANJYE ryambaye umubiri. Iyo bakeneye gukira indwara, bavuga Ijambo Ryanjye. Iyo hari imbogamizi irimo ibabuza gutambuka, bavuga Ijambo Ryanjye. Iyo bafite umwana wataye mu nzira, bavuga Ijambo Ryanjye. Icyo bakeneye cyose, bavuga Ijambo Ryanjye, Kubera ko bo ni Ijambo Ryanjye ryambaye umubiri.”
“Bazi abo ari bo, kubera ko nabihishuriye Ubwanjye. Bagumye kuba abizerwa n’abakiranukira Ijambo Ryanjye kandi barimo kwiyunga ku Ijwi Ryanjye. Kubera ko bazi Ijwi Ryanjye, Ijambo Ryanjye, Umwuka Wanjye Wera. Barabizi ko, aho Ijambo riri, niho Ibizu bizateranira.”
Mu gihe umuhanuzi Wayo avuga Ijambo Ryayo kandi agashinja iki gisekuru kubamba Yesu Kristo ku nshuro ya kabiri kandi agatangaza akaga kuri bo, Umugeni we azaba arimo anezerwa. Kubera ko tuziko TURI Umugeni We wemeye kandi akakira Ijambo Ryayo. Turimo turarangurura biturutse mu ndiba z’imitima yacu maze tukavuga ngo:
Ndi Uwawe, Mwami. Nishyize aha ubwanjye kuri iki gicaniro, nkwiyeguriye ubwanjye mu buryo bwose nashobora kumenya. Unkuremo isi, Mwami. Nkuramo ibintu byangirika; umpe ibitangirika, Ijambo ry’Imana. Mbashe kubaho muri iryo Jambo nryegereye cyane, kugeza ubwo Ijambo rizaba muri njye, maze nanjye nkaba mu Ijambo. Biduhe, Mwami. Ureke sinzigere ntandukana Naryo.
Nkunda Umwami, Ijambo ry’Imana, ubu Butumwa, Ijwi Ryayo, umuhanuzi Wayo, Umugeni Wayo, kuruta ubuzima ubwabwo. Ibyo byose NI KIMWE KURI NJYE. Ntabwo nshaka kuba nagira n’akanyuguti na kamwe ntatira, niyo kaba gato, cyangwa IJAMBO RIMWE Imana yanditse mu Ijambo Ryayo cyangwa yavuze binyuze mu muhanuzi Wayo. Kuri njye, byose ni Uku Niko Uwiteka avuze
Imana yarabitekereje, hanyuma ibibwira abahanuzi Bayo, Nuko barabyandika. Nuko yohereza marayika Wayo ukomeye, William Marrion Branham, ku isi muri iyi minsi kugira ngo abashe kwihishura Ubwe mu mubiri indi nshuro, nkuko Yabikoze hamwe n’Abrahamu. Hanyuma Ivugira mu muhanuzi Wayo ko ari Ijwi ry’Imana ku isi, kugira ngo ahishure kandi asobanure ubwiru bwose bwari bwarahishwe guhera ku mfatiro z’isi kugera ku Mugeni Wayo wamenywe mbere.
Ubu, Umugeni Wayo, MWEBWE, murimo guhinduka Ijambo ryambaye umubiri; Umwe hamwe na We, Umugeni Jambo Wayo ugaruwe mu buryo bwuzuye.
Nzi neza ko hari abanyumva nabi mu byo mvuga cyangwa nandika. Nshaka kuvuga mu buryo buciye bugufi nkuko umuhanuzi yavuze, ntabwo nize amashuri kandi ntabwo nzi kwandika no kuvuga mu buryo butunganye ibyo numva mu mutima wanjye. Nemera ko bisa nkaho nandika n’umwaga rimwe na rimwe. Igihe mbikoze, ntabwo aba ari ikinyabupfura gike, cyangwa ngo bibe ari ikirere kibi cyangwa ngo mbe hari uwo nshaka gucira urubanza, ahubwo ni ibihabanye nabyo. Mbikora bitewe n’urukundo rw’Ijambo ry’Imana mu mutima wanjye.
Ndashaka ko buri wese yemera kandi akizera Ubutumwa Imana yohereje kugira ngo isohore Umugeni wayo. Ntabwo nigeze na rimwe numva mu mutima wanjye cyangwa ngo ntekereze ko ababwiriza badakwiriye kongera kubwiriza ukundi; byaba bihabanye n’Ijambo ry’Imana. Mfite gusa ishyaka kubw’Ijwi ry’Imana riri ku makasete. Nizera ko ariryo Jwi ry’ingenzi UBUKOZI BWOSE bukwiriye gushyira IMBERE y’abantu. Ibi ntabwo bisobanura ko badashobora kubwiriza, ndashaka kubakangurira gucuranga amakasete mu nsengero zabo igihe abantu bateraniye munsi y’uko gusigwa.
Yego, nkunda cyane kubona isi yose irimo yumva Ubutumwa bumwe ku isaha imwe ku isi yose. Atari ukubera ko “NJYE” nabivuze ntyo, cyangwa kubera ko “NJYE” nahisemo ikasete yo kumva, ahubwo niyumvamo nyakuri ko Umugeni agomba kubona uburyo Imana yagennye inzira ibi bigomba kubaho muri iyi minsi yacu.
Uyu munsi iyo tujya kugira amajwi ya Yesu yafashwe arimo kuvuga ku makasete, bikaba Atari inyandiko za Matayo, Mariko, Luka cyangwa Yohana z’ibyo Yesu yavuze (kuko bose bafitemo akantu k’itandukaniro gato iyo babivuga), ariko mwajyaga kwiyumvira n’amatwi yanyu, Ijwi rya Yesu, Uko ateye, za hain’t, totes, na fetches Ze, ese umupasteri uyu munsi yajyaga kubwira itorero rye ati, “ntabwo turibucurange kasete za Yesu mu rusengero rwacu. Narahamagawe kandi nasigiwe kubwiriza, no kubisoma. Muzabyumve ari uko mugeze mu rugo.” Ese abantu bajyaga kubyihanganira? Biteye agahinda kubivuga gutyo, ariko nibyo neza neza barimo gukora uyu munsi. NTA TANDUKANIRO RIHARI, uburyo bwose bagerageza kubisigiriza.
Kubwanjye, Mwene Data Branham yaduhaye urugero. Yakundaga iyo insengero zose, ingo, cyangwa aho baba bari hose, babaga bari ku mirongo y’itumanaho kugira ngo babashe kumva Ubutumwa bose kugihe kimwe. Yarabizi ko bashobora, kandi babikora, gushaka amakasete no kuyumva nyuma, ariko yashakaga ko baba umwe maze bakumva Ubutumwa bose ku isaha imwe… KURI NJYE NI IMANA YARIMO YEREKA UMUGENI IBIGOMBA KUBAHO MU MINSI YACU N’ICYO GUKORA.
Buri mubwiriza w’ukuri wizera Ubutumwa azemera ko nta kintu cyaruta kwicara munsi yo gusigwa uri kumva Ijwi ry’Imana, ariryo ryafashwe amajwi kandi rigashyirwa ku makasete. Umugeni azabyizera, kandi agire Guhishurirwa, ko ubu Butumwa ariryo Jambo ry’Imana kubw’uyu munsi. Nashobora guca urubanza binyuze mu Ijambo gusa, ariko umuntu wese utazavuga ko ubu Butumwa aribwo Kidakuka cye nta Guhishurirwa afite kw’Ijambo ry’uyu munsi, none, ni gute abo baba Umugeni We?
Ntabwo ari ugusubiramo amagambo, kubwiriza cyangwa kwigisha, ahubwo kumva amakasete niho HANTU HONYINE Umugeni ashobora kuvuga ngo nizera buri Jambo. Ubu Butumwa ni Uku Niko Uwiteka Avuze. Icyo mbwiriza cyangwa nigisha ntabwo ari Uku Niko Uwiteka Avuze, ahubwo icyo Ijwi ry’imana rivuze ku makasete NI ICYO… ni Ijwi RYONYINE rihamirijwe binyuze mu Nkingi y’Umuriro.
Ndabizi ko hari bene data na bashiki bacu bavuga, kandi bakumva ko, “niba utumva Ubutumwa bwa Branham Tabernacle itangaza, ngo usome inzandiko z’Ibizu Biteranye, kandi ngo mwumve mu ngo zanyu ku isaha imwe ko utari Umugeni” cyangwa “ko ari kosa kujya ku rusengero, ko mugomba kuguma mu ngo zanyu.” IBYO BIRAPFUYE. SINIGEZE NARIMWE mbitekereza, ngo mbivuge, cyangwa ngo mbyizere. Ibyo byateye gutandukana kwinshi, kwiyumva nabi, ndetse kudasabana k’Umugeni kandi umwanzi arabikoresha kugira ngo atandukanye abantu.
Sinigeze nshaka gutandukanya Umugeni, Ndashaka kunga Umugeni nkuko Ijambo rivuga TUGOMBA KWIYUNGA NK’UMUNTU UMWE. Ntabwo dukwiriye guhangana umwe ku wundi, ariko nta kindi gihari cyatwunga kitari Ijwi ry’Imana riri ku makasete
Ntabwo twagakwiye kuba tujya impaka no kubwira abantu icyo BAKWIRIYE GUKORA cyangwa ko batari Umugeni, mwe gusa mukora nkuko UMWAMI ABAYOBOYE GUKORA. Baracyari bene Data na bashiki bacu. Dukeneye gukundana no kubahana umwe kuwundi.
Mu by’ukuri, ntimugatongane. Murabona? Ikirere kibi kibyara ikirere kibi. Ikintu cya mbere, murabizi, muteza Umwuka Wera agahinda kandi mukamujyana kure yanyu, kandi mugakomeza gutongana. Icyo gihe Umwuka Wera arigurukira. Ni ukuri. Ikirere kibi kibyara ikirere kibi.
Kuri iki Cyumweru turaba duteraniye hamwe kimwe n’abana b’Abaheburayo uko babikora kugira ngo bakire manu bahabwaga mu ijoro, kandi iyo yagombaga kubatunga umunsi ukurikiyeho. Tuributeranire hamwe kubwa Manu yacu y’Umwuka ariyo iduha imbagara kubwo Gusohoka kwacu gukomeye kwegereje.
Nta yindi nzira iruta iyo kwemerera Ijwi ry’Imana Rikabivuga Ubwaryo, kuri We Ubwe, n’ubu Butumwa tugiye kumva BURAPAKIYE!
Imana yajyanye umuntu umwe mu butayu, Iramutoza maze Iramugarura, hanyuma Yishingira icyo kintu aba ari yo Ikigenzura, maze Isohora ubwoko Bwayo. Mwaba musobanukiwe icyo nshaka kuvuga? Ntiteze kuzahindura gahunda Yayo. Ni Imana.
Noneho hano Atubwira mu buryo bweruye ko Atazigera ahindura gahunda Ye. Icyo Yakoze guhera mu itangira, Azongera Kugikora ku iherezo, Yarabisezeranye. Noneho ubu tugomba kumenya icyo Gahunda Yayo yari cyo icyo gihe kuko igomba kuba ari iyo Gahunda imwe ubu.
Ntiteze kuzakoresha itsinda; nta byo Yigeze; Ikoresha umuntu ku giti cye, uko Yabikoze, n’uko Izabikora, kandi Yanabisezeranye muri Malaki 4 ko Yajyaga kubikora,
Ntiyigera ikoresha itsinda. Rero, yasezeranije mu minsi yacu ko Izohereza umuntu, Malaki 4, afite Uku Niko Uwiteka Avuze.
Uko ni ukuri. Noneho ngiryo rero isezerano Ryayo, icyo Yari cyo, isezerano Yavuze ko yagombaga gusohoza, none dore ni ho turi. Mbega ubwoko buhiriwe twakagombye kuba bwo! Abaha ikimenyetso binyuze mu kimenyetso cy’Ijambo Ryayo ryasezeranywe, Ijambo ryasezeranywe… Yasezeranye ko Yajyaga kubikora.
Ni buryo ki Imana yahisemo kugarura Umugeni Wayo noneho?
Imana yaratoranije, igihe cyo gusohoka, Yahamagariye itsinda gusohoka muri ririya tsinda… Nashakaga ko mugira icyo mwitegereza. Habayeho babiri (2) gusa bashoboye kugera mu Gihugu cy’Isezerano. Ni ubuhe buryo Yakoresheje ibavanayo?
Ngaha aho biri. Ibi ni ingenzi cyane ku bitekerezo by’umwuka kubishyikira. Uburyo Imana yahisemo kuyobora no kujyana Umugeni mu gihugu cy’Isezerano?
Mwitegereze, ni iki Yakoze mu isohoka rya mbere? Yohereje umuhanuzi usizwe hamwe n’Inkingi y’Umuriro, maze Ihamagarira abantu gusohoka. Iryo ryari isohoka rya mbere…
Mu isohoka rya kabiri, Yahagurukije Umuhanuzi, usizwe, ari we wari Umwana Wayo, Imana-Muhanuzi. Mose yari yaravuze ko Yajyaga kuba Umuhanuzi, kandi Yari afite Inkingi y’Umuriro kandi Yakoze ibimenyetso n’ibitangaza,
Benshi bazabyemera bavuge bati, yego, yohereje umuhanuzi guhamagara Umugeni ngo asohoke, ariko ubu Umwuka Wera niwe uzayobora Umugeni binyuze mu bukozi; ariko ntiyigeze avuga ibyo… Reka noneho dukomeze dusome.
Mwitegereze Inkingi y’Umuriro yabahamagariye gusohoka, ikabayobora mu Gihugu cy’Isezerano munsi yo gusigwa k’umuhanuzi. Inkingi y’Umuriro babonaga yabayoboye mu Gihugu cy’Isezerano binyuze mu muhanuzi usizwe. Kandi bahoraga bamwanga. Ese siko biri? Ni ukuri
Iyi Nkingi y’Umuriro imwe irimo irayobora abantu indi nshuro ibajyana mu Gihugu cy’Isezerano, Ingoma y’Imyaka Igihumbi.
Inkingi y’Umuriro, munsi yo kuyoborwa n’Imana… Imana yari Umuriro, kandi nta kindi Inkingi y’Umuriro yakoraga usibye gusiga umuhanuzi. Inkingi y’Umuriro yagombaga kuba hariya nk’umuhamya w’Ijuru w’uko Mose yahamagariwe gusohoka.
Noneho, mwibuke ko Mose atari we iyo Nkingi y’Umuriro. Yari umuyobozi usizwe, uyobowe na ya Nkingi y’Umuriro, kandi iyo Nkingi y’Umuriro nta kindi Yakoraga uretse guhamiriza Ubutumwa Bwe n’ibimenyetso n’ibitangaza.
Ncuti zange, nta kwibeshya kurimo, ibifite agaciro si ibyo mvuga; ndi mweneso gusa; Ahubwo ni Icyo Imana ihamya imbere yanyu, ni Cyo kigira ibyo Ukuri. Ya Nkingi y’Umuriro Yakoresheje izo nshuro ebyiri zindi, Yayigaruye hagati yanyu none kandi Bihamijwe n’ubushakashatsi.
Hariho Ijwi rimwe gusa, umuhanuzi umwe, uwo ufite Uku Niko Uwiteka Avuze, William Marrion Branham. We ntabwo ari Inkingi y’Umuriro, ahubwo we ni umuyobozi uyobowe n’Inkingi y’Umuriro,
Twese turashaka kuba mu Bushake BUTUNGANYE bw’Imana. Ijambo Ryayo NI ubushake Bwayo Butunganye. Ijambo rihamirijwe ry’iminsi yacu ni ubu Butumwa. Umuhanuzi Wayo yatoranijwe kugira ngo ayobore Umugeni Wayo. Niba mutizera ibyo, ntimushobora kuba Umugeni Wayo.
Ngwino maze dutegure Gusohoka kwacu gukomeye binyuze mu kumva Ijambo ritunganye ry’Imana hamwe natwe ku Cyumweru I saa Sita z’amanywa., ku isaha y’I Jeffersonville, mu gihe twumva: Gusohoka kwa Gatatu 63-0630M
Ijwi ry’Ibyanditswe ryavugiye mu Nkingi y’Umuriro, riramubwira riti: “Naragutoranije, William Branham. Ni wowe muntu. Narakureze ku bw’iy’impamvu. Nzaguhamiriza binyuze mu bimenyetso n’ibitangaza. Ugiye kumanuka kugira ngo uhishure Ijambo Ryanjye no kuyobora Umugeni Wanjye. Ijambo Ryanjye rigomba gusohozwa NAWE.”
Umuhanuzi wacu yari azi neza ko yatumwe kubw’iyo mpamvu nyirizina yo kugira ngo ahishure ubwiru bwose bwa Bibiliya, no kugira ngo ayobore Umugeni w’Imana mu Gihugu cy’Isezerano. Yari azi ko icyo avuze Imana igihagararaho kandi ikagisohoza. Ndashaka ko mutigera mwibagirwa iryo Jambo. Icyo umuhanuzi wacu avuze, Imana izacyubaha, kubera ko Ijambo ry’Imana ryari muri William Marrion Branham. Ni we Jwi Ry’Imana ku isi.
Yari abizi ko ari we ntumwa y’Imana marayika wa karindwi usizwe. Yari azi neza mu mutima we ibintu byose Imana yamuvuzeho mu Ijambo Ryayo. Ibya gurumanaga mu mutima we byahindutse ukuri. Yari asizwe kandi abizi ko afite UKU NIKO UWITEKA AVUZE. Ntacyari gihari cyajyaga kumubuza gukomeza kuvuga Ijambo ry’Imana.
Imana yaramubwiye iti: “Ijambo ryanjye, na we, intumwa yanjye, byose ni kimwe.” Yari azi ko ari we watoranirijwe kuvuga Ijambo ritagira ikosa. Ibyo nibyo gusa yari akeneye. YARAVUGAGA, MAZE IMANA IKABISOHOZA.
Uko twaba turi itsinda rito kose, uko baduseka kose, bakatugaya, ntacyo bihindura. TURABIBONA. TURABYEMERA. Hari ikintu kiri muri twe. Twari twaragenewe kuKIbona, kandi nta kibasha kutubuza kuCYIzera.
Twibuka icyo Iyerekwa ryavuze ngo: “Subirayo ugende uhunike Ibyo Kurya.” None se ubwo bubiko bw’Ibyo Kurya bwari he? Mu Ngando ya Branham. Ese Haba hari ahandi mu gihugu, cyangwa ku isi hose hagereranywa n’ubutumwa dufite? NIRYO Jwi ryonyine ryahamirijwe n’Imana Ubwayo ko ari Uku Niko Uwiteka Avuze. IJWI RIMWE GUSA!
Ni he handi se twashobora cyangwa twakwifuza kujya, mu gihe yavuze ngo:
“Hano ni ho Ibyo Kurya byahunitswe…
byahunitswe hano. Biri ku makasete. Bizajya ku isi hose, aho abantu bari mu mazu yabo.
Turi Umugeni Jambo We Utunganye uwo wagumanye n’Ibyo Kurya Byahunitswe. Nta mpamvu yo kongera kurira ukundi, tuvuga Ijambo gusa maze tukigendera, kubera ko TURI Ijambo.
Buri wese muri twe! wenda waba uri umugore mu rugo, cyangwa ukaba uri umukobwa utarashaka, cyangwa ukaba uri umukecuru, cyangwa ukaba uri umusore, cyangwa ukaba uri umusaza, cyangwa icyo waba uricyo cyose, turagiye, uko biri kose. Nta n’umwe muri twe uzasigara. Amen! Buri wese muri twe aragiye, kandi ntakibasha kuduhagarika.
muvuga ibijyanye no kuduha KWIZERA kw’Izamurwa!!!
Ngwino wiyunge n’igice cy’Umugeni w’Imana mu gihe duteranira ku Ijwi ry’Imana rihamirijwe, mu gihe Avuga kandi Akatubwira ngo: Nkoramutima yanjye, Ntore yanjye, Mugeni Wanjye, Kuki Urira, Vuga, maze ukomeze ugende
Bro. Joseph Branham
Ubutumwa: 63-0714M – “Kuki Urira? Vuga!”
Isaha: Saa Sita z’amanywa (12:00 PM) – Isaha ya Jeffersonville
Ahantu:
Ariko hari Itorero rimwe nyakuri, kandi nturyiyungaho. Urivukamo; Murabona? Niba wararivutsemo, Imana nzima Ubwayo ikorera muri wowe, maze Ikimenyekanisha. Murabona? Aho ni ho Imana ituye: mu Itorero ryayo. Imana ijya ku Rusengero buri munsi, ndetse Iba mu Rusengero. Iba muri wowe. Uri Urusengero Rwayo. Uri Urusengero Rwayo. Uri Ingando Imana ituramo. Uri Urusengero rw’Imana nzima, wowe ubwawe.
Inzira YONYINE igana mu bugingo Buhoraho ni: Umwuka Wera uyobora kugira dukurikire Ijambo rihamirijwe. Ninde ufite Ijambo rihamirijwe ry’uyu munsi? Ese ninde Imana yatoranije kugira ngo asobanure Ijambo Ryayo? Ese ninde Imana yavuze ko ari we Jwi Ryayo kubw’uyu munsi? Ese ninde Imana Ubwayo yavuze ko ari umuyobozi uhamirijwe wo kuyobora Umugeni Wayo uyu munsi? Ese ni ubukozi?
Ni nk’uko navuze ku cyana cy’ikizu, igihe yumvise Ijwi ry’Umukwe, yaramusanze, Ijambo ry’Imana ry’iminsi ya nyuma, risizwe kandi rihamirijwe. Nowa yari Ijambo rihamirijwe ku bw’igihe cye. Mose yari Ijambo rihamirijwe ry’igihe cye. Yohana yari Ijamo rihamirijwe.
Bashobora gushyiramo icyaricyo cyose kizimije cyangwa ubusobanuro kuri Ryo uko babishaka, ariko:
WILLIAM MARRION BRANHAM NI IJAMBO RY’IMANA RIHAMIRIJWE KUBW’UYU MUNSI!
None se kuvuza Ijwi ry’Imana rihamirijwe mu rusengero rwanyu ntabwo ari ikintu cy’ingenzi Umugeni ashobora gukora? Ese ni ingenzi cyane kumva irindi jwi ritari iryo?
Ese ni itsinda ry’abantu n’ubukozi bwabo buzunga kandi bukayobora Umugeni? Ese Umugeni azungwa n’icyo ubukozi buvuze? Ntibahuza mu byo bavuga, noneho ubwo ninde dukwiriye gukurikira?
Ese ubusobanuro bwabo kuri ubu Butumwa nicyo tuzacirwaho urubanza? Ese baba bafite Inkingi y’Umuriro ihamiriza ubukozi bwabo? Ese ubusobanuro bwabo ku Ijambo nicyo Kidakuka cyawe?
Umuhanuzi avuga ko Umugeni AZAHURIZWA HAMWE. Ibaze ubwawe, ni iki kizasohoza ubu buhanuzi kugira Umwami aze maze azamure Umugeni We?
Kandi noneho, igihe ubwoko bw’Imana buzatangira kugaruka kuguteranira hamwe, hazaba ubumwe, hazaba hari imbaraga. Murabona? Kandi igihe cyose ubwoko bw’Imana buteraniye hamwe mu buryo bwuzuye, nizera ko aricyo gihe hazabaho umuzuko. Hazabaho igihe cy’izamurwa igihe Umwuka Wera uzatangira kubateraniriza hamwe. Bo–bazaba ari bake, birumvikana, ariko hazabaho guteranirizwa hamwe gukomeye.
Ese kuzaba ari ugukusanyirizwa hamwe gukomeye tuzengurutse ubukozi bw’umuntu runaka, undi wundi utari umuhanuzi w’Imana wahamirijwe? Ese rizaba ari ITSINDA ry’abakozi b’Imana kubera ko bamwe mu bukozi butanu bavuga ko TUTAGOMBA kuvuza Ijwi ry’Imana mu rusengero rwacu, ko ari ikosa. Ese abo nibo bazayobora Umugeni
NDABINGINZE MUMFASHE! NI UWUHE MUKOZI W’IMANA NKWIRIYE GUKURIKIRA, KUKO NIFUZA KUBA UMWE MURI UKO GUTERANIRIZWA HAMWE GUKOMEYE.
Bamwe baravuga ngo ubukozi butanu bw’Inkuba Zirindwi nibwo buzatunganya Umugeni. Bamwe mu bukozi butanu baravuga ngo iminsi y’ubukozi bw’Umuntu-Umwe yararangiye. Bamwe mu bukozi butanu bavuga ko tugomba kugaruka kuri pantekote. Abandi bavuga ko Ubutumwa ATARI ikidakuka. Bamwe bavuga ko nuvuza kasete uzaba uri mu bizera ibigirwamana. Bose bagenda bavuga ibitandukanye, ibitekerezo bitandukanye, ariko buri wese muri BO avuga ko bayobowe n’Umwuka Wera.
ESE NI UBUHE BUKOZI BUTANU NKWIRIYE GUKURIKIRA? Ese ndamutse nkurikiye pasteri “WANJYE” w’ubukozi butanu, ese nzaba Umugeni? Hariho “Amatsinda” menshi atandukanye y’abakozi b’ubukozi butanu. Aba bakozi 20 bajya hamwe maze bakagira amateraniro yabo, ariko bakaba mu buryo bwuzuye batemeranya n’abandi bakozi 20 bagize andi yabo atandukanye… ese ni ayahe materaniro nkwiriye kujyamo kugira ngo mbe ntunganye kandi nunzwe hamwe… amwe muri yo… cyangwa yose?
Kandi abantu bizera ko AKA KADURUVAYO ariko kagiye KUNGA KANDI KAGATUNGANYA UMUGENI? Bavuga ko bose ari ABAKOZI B’UBUKOZI BUTANU BAHAMAGAWE N’IMANA. Ariko ntabwo barimo babayobora KUKUYOBORWA K’UKURI BINYUZE MU MWUKA WERA, BARIMO BARABAYOBORA KURI BO UBWABO NO KU BUKOZI BWABO.
Kuri njye, nta nubwo mukeneye guhishurirwa kugira ngo mumenye ko ibyo bidashobora na gato GUHURIZA HAMWE cyangwa KUYOBORA Umugeni wese. IJAMBO RYONYINE niryo rizunga Umugeni, binyuze mu IJWI RY’IMANA UBWAYO KU MAKASETE.
Bene Data na bashiki bacu, byaba byiza mubyutse niba muri gukurikira umupasteri ubwiriza gusa kandi agasubiramo Ijambo, aribyo bizima kandi BIKABA NYAKURI aricyo akwiriye gukora, ariko akaba atakubwira, ndetse ngo AKORE iby’ingenzi cyane, aribyo KUVUZA IJWI RY’IMANA KU MAKASETE MU RUSENGERO RWANYU.
Mwene Data Branham atubwira ngo:
Noneho, dufite amategeko ya kimana atatu gusa yo mu buryo bw’umubiri twasigiwe. Rimwe muri yo ni : Ifunguro ryera ; Kozanya ibirenge, Umubatizo wo mu mazi. Ni ibyo bintu bitatu gusa. Ni ugutungana muri gatatu. Murabona.
Nifuzaga ko twagira Ubusabane bw’Ifunguro Ryera n’Amateraniro yo Kozanya Ibirenge kuri iki Cyumweru, Umwami nabishaka. Nkuko twabikoze mu gihe gishize, ndifuza kubakangurira gutangira saa kumi n’imwe z’umugoroba ku masaha y’iwanyu. Nubwo Mwene Data Branaham avuga ko intumwa zagiraga Ifunguro Ryera buri gihe uko bahuye, ashima ko ryakorwa mu gihe cy’umugoroba, kandi akaryita ko ari Ifunguro Ry’Umwami Rya Nimugoroba.
Ubutumwa n’Amateraniro y’Ubusabane bw’Ifunguro Ryera aratambuka kuri Radiyo Ijwi, kandi haraza kuba hari umurongo tubasha kumanuriraho dosiye z’amajwi, kuri abo badashobora gushyikira Radiyo Ijwi ku Cyumweru nimugoroba.
Mwene Data Joseph Branham
UMUTSIMA W’IGABURO RYERA
Umutsima w’Ubusabane uzwi kandi nk’‘umutsima w’ikubagahu,’ cyangwa ‘umutsima wa Pasika.’ Igihe Abana b’Isirayeli bakurwaga mu bubata bwa Farawo muri Egiputa, ntibabonye umwanya wo guteka umutsima mu buryo busanzwe, bafite umusemburo, cyangwa yeast, byo gutera umutsima kubyimba; ahubwo bawukoresheje ifu itarimo umusemburo, kuko bari ku ikubagahu ry’urugendo rwabo.
Kimwe mu bintu bya nyuma Umwami Yesu yakoze hano ku isi, ni ugufata Ubusabane bw’ifunguro ryera hamwe n’intumwa ze; kandi ni ikintu giteye amatsiko kubona ko n’Ubutumwa bwa nyuma Bwa Mwene Data Branham yabwirije, bwari ‘65-1212 Ubusabane.
Ijambo ridutoza yuko umutsima ugomba gukorwa n’abantu bitangiye ubwabo ndetse bakiyegurira Imana. Ni umwizera wuzuye Umwuka Wera wenyine ugomba gutegura uwo Mutsima wo gukoreshwa mu materaniro y’Igaburo Ryera
Iyo bikiri kuri uru rwego ntacyo bitwaye kuba wajugunya utwasagutse, kubera ko biba bitarasengerwa.
Igihe umutsima wamaze gusengerwa mu materaniro y’Igaburo Ryera, umugati usigaye ugomba koswa mbere y’uko umuseke w’undi munsi uhinguka. Gutwikwa k’umutsima bishushanya urugendo rwa Isiraheli mu butayu, igihe manu nshya yamanukana ivuye mu Ijuru buri munsi. Umutsima w’umunsi watambutse wabaga wamaze guhumana kandi ntabwo wabaga ari mwiza. Ni uko byari, usibye ku Munsi w’Isabato, igihe nta muntu wabaga yemerewe gukora, no kuba yajya guhumba manu nshya aho mu mbuga. Kubw’iyi mpamvu, ibyo kurya byabikwaga ku munsi ubanza kandi bakabishyira mu mahema yabo, maze Uwiteka akabibarindira kugira ngo bazabirye ku munsi w’isabato, cyangwa umunsi wo kuruhuka. (Wabisanga – mu Kuva 16)
Mwene Data Branham nawe yashushanije uku koswa k’umutsima n’ibisekuru birindwi by’itorero, kuko buri gisekuru cy’itorero cyagomba kurangiraho burundu mu rwego rwo kugira ngo gihe inzira manu nshya izanwe n’igisekuru cy’itorero gikurikiyeho. Ikiruseho, yabishushanyije n’imyitozo y’umwizera ku giti cye, ndetse n’uburyo tugomba gupfa buri munsi, kugira ngo twemerere Umwuka Wera kumanuka mushya mu buzima bwacu bwa buri munsi.
Mu rwego rwo kugira ngo umenye neza ko umutsima watwitswe rwose byuzuye, ni byiza kuwushyira mu gipfunyika cy’ibipapuro, maze ugatererwa hagati mu muriro waka cyane. Ibi bizahamiriza neza ko utumanyu twose twasigaye twatwitswe.
56 Uyu mutsima w’ifunguro, ukorwa n’Umukristo. Ni umutsima udasembuwe. Kandi nimubigenzura, igihe uwushyize mu kanwa kawe, uba uhanda, kuburyo ukarishye. Utabuwe kandi uvunaguritse, ushenjaguwe, aribyo bivuze kuvunagurika, umubiri washenjaguwe w’Umwami wacu Yesu. Oh, n’igihe gusa mbitekerejeho, umutima wanjye usa nkaho usimbuka ukubita! Igihe mbitekereje ko yashenjaguwe maze agakubitwa kandi agacumitwa, Umwana w’Imana udafite inenge! Muzi impamvu Yakoze Ibyo? Kubera ko nahamwaga n’icyaha. Kandi Yahindutse njye umunyabyaha, kugira ngo Njye binyuze mu Gitambo Cye mbashe guhinduka usa na We, umwana w’Imana. Mbega Igitambo! 62-1231 — The Contest – Amarushanwa
VINO Y’IGABURO RYERA
Umuvinyo w’Igaburo Ryera ushushanya Amaraso y’Umwami Yesu, ariyo atwezaho ibyaha byacu, kandi tuwunywa kugira ngo twerekane urupfu rw’Umwami kugeza igihe azagarukira. Umuvinyo w’Igaburo Ryera ntugomba kuba umutobe w’imizabibu, kuko uwo ushira uragaga kandi ukangirika uko ugenda usaza; ahubwo ugomba kuba umuvinyo nyawo, kuko uwo uko ugenda usaza niko urushaho kuba mwiza no kugira imbaraga; ntuzigera ugera aho utakaza imbaraga zawo.
Nk’uko Amaraso ya Yesu Kristo adatakaza ubwiza cyangwa ngo yangirike uko iminsi igenda, ahubwo ku mwizera arushaho kugira imbaraga no kuba meza uko iminsi igenda ishira.
Mu Byanditswe Byera, Umuvinyo ushushanya gushagurutswa n’Ijambo, igihe rihishurirwe umwizera.
58 Kandi vino, navuze, uko nabihawe, ko vino ishushanya ko zari imbaraga zo… zari imbaraga zo gushagurutswa no guhishurirwa. Murabona? Kandi ibyo ni igihe ikintu runaka cyahishutse. Bizana gushagurutswa ku mwizera, kubera ko bigaragajwe no guhishurirwa. Murabona? Ni ikintu Imana iba yaravuze. Cyari ubwiru; badashobora kugisobanukirwa, murabona. Kandi, maze nyuma y’akanya gato, Imana ikamanuka maze ikagisobanura, kandi ikagihamiriza. 63-0321 – Ikimenyetso Cya Kane
Ntabwo ari ngombwa ko umuvinyo ukorwa n’‘ibiganza byera’ nk’uko bigenda ku mutsima. Ushobora gukoresha vino yemewe n’amategeko ya Kosher cyangwa iya Pasika igurwa mu iduka. Ariko kandi ushaka kuyikorera wareba amabwiriza ku Karita z’ibikenewe (Recipe Cards) ziri kuri iyi paji ya site.
Tuzatanga vino n’ibikombe bito bya pulasitiki ku rusengero rwacu rwo muri Jeffersonville. Mu gihe cy’amateraniro y’Ubusabane, vino ishobora gufatwa mu bikombe bito, kimwe ku muntu umwe, cyangwa bagasangirira ku bikombe binini umwe ku wundi. Nyuma yo gufata Ifunguro, ku bitandukanye n’umutsima, vino y’Igaburo Ryera ntacyo bitwaye kuba yasubizwayo.
Ariko, nyuma y’aho umwana We Aburahamu atahaniye intsinzi, Melikisedeki aramusanganira amuha vino n’umugati, yerekana ko igihe uru rugamba rwo ku isi ruzarangirira, tuzamusanganira mu birere twongere dufate ifunguro ryera; bizaba ari ibirori by’ubukwe. “Sinzongera kunywa ukundi iyi vino no kurya ku mbuto z’umuzabibu, kugeza ubwo Nzazirira kandi Ngasangirira na mwe mu Bwami bwa Data.” Mbese byaba ari ukuri?
Mukundwa Mugeni wa Kristo, reka duteranire hamwe ku cyumweru saa sita z’amanywa ku isaha y’i Jeffersonville, twumve 65-1207 “Ubuyobozi.” Mwene Data Joseph Branham
Igihe Yesu, Ijambo ubwaryo, yamanukiraga ku isi imyaka ibihumbi bibiri ishize, yaje nk’uko yavuze ko azaza,nk’Umuhanuzi. Ijambo rye rivuga ko mbere y’uko agaruka, kwigaragaza kwuzuye kwa Yesu Kristo kuzongera kugaragara mu mubiri, mu muhanuzi. Uwo muhanuzi yaraje, izina rye ni William Marrion Branham.
Nigute umuntu atabona ko kumva Ijwi ry’Imana rivugana nabo ku buryo butaziguye kuri za kasete ari ubushake bwuzuye bw’Imana? Turabizi ko Ijambo buri gihe riza ku Muhanuzi w’Imana; ntirishobora kuza mu bundi buryo. Rigomba kuza rinyuze mu nzira y’umurongo w’Imana, ari yo yaduhishuriye mbere. Ni yo nzira yonyine rizanyuramo. Imana ikora nk’uko yasezeranije ko izabikora, kandi ntihwema kubikora mu buryo bumwe nk’uko yabikoraga igihe cyose.
Buri wese muri bo yariye ibintu bimwe, bose babyina mu Mwuka, bose bari bahuje buri kintu; ariko igihe cyo gutandukanya kigeze, Ijambo ni ryo ritandukanya. Uko niko bimeze n’uyu munsi! Ijambo ni ryo ryabatandukanyije! Igihe kigeze…
Mbega urwandiko rw’urukundo ruhishe hagati mu mirongo! ICYUBAHIRO KIBE ICY’UWITEKA! Atari ukubera ko gusa Yatumenye kandi Akadutoranya mbere y’imfatiro z’isi, Ahubwo hano Atubwiye ko Yadutoranirije kugira ngo tube abahungu n’abakobwa Be bagaragajwe kubw’UYU MUNSI. Idushyira ku isi muri iki gihe, hejuru y’abandi bera bose kuva mu ntangiriro, kuko Yari izi ko tuzahangana no guhinyuza kw’iyi saha kugira ngo duhamirize Imana nzima kandi y’ukuri y’isaha, Ubutumwa burimo busohoka muri iki gihe.
Twari mu Mana, nk’akagirabuzima fatizo, ijambo, nk’urukiryi guhera mu itangiriro, ariko UBU twicaye HAMWE ahantu ho mu ijuru muri Kristo Yesu, dusabana na We mu Ijambo Rye, binyuze mu Ijambo Rye; kubera ko TURI IJAMBO RYE, kandi Rikaba Rigaburira ubugingo bwacu.
Ntidushobora, kandi ntituzigera, twinjiza ikindi kintu mu buzima bwacu kitari Ijambo ry’Imana ritavangiye. Tuzi kandi twizera ko Ari ryo nzira y’Imana yateguye kubw’uyu munsi.
Turifuza kugutumira kwifatanya natwe kuri iki Cyumweru saa sita z’amanywa ku isaha y’I Jeffersonville, ubwo tuza kuba twumva IJWI RYONYINE, Ijwi ry’Imana kuri za kasete, aho ushobora kuvuga AMEN kuri buri Jambo ryose wumva.
Mwene Data Joseph Branham
Ubutumwa: Ibiriho Ubu Bishyizwe ku Mugaragaro n’Ubuhanuzi 65-1206
Ibyanditswe byo gusoma mbere yo kumva Ubutumwa:
Itangiriro 22 Hanyuma y’ibyo, Imana igerageza Aburahamu iramuhamagara iti “Aburahamu.” Aritaba ati “Karame.” Iramubwira iti “Jyana umwana wawe, umwana wawe w’ikinege ukunda Isaka, ujye mu gihugu cy’i Moriya umutambireyo ku musozi ndi bukubwire, abe igitambo cyoswa.” Aburahamu azinduka kare kare, ashyira amatandiko ku ndogobe ye, ajyana n’abagaragu be babiri, na Isaka umwana we. Yasa inkwi zo kosa igitambo, arahaguruka ajya ahantu Imana yamubwiye. Ku munsi wa gatatu Aburahamu arambura amaso, yitegereza aho hantu hari kure. Aburahamu abwira abo bagaragu be ati “Musigirane hano indogobe, jye n’uyu muhungu tujye hirya hariya dusenge, tubagarukeho.” Aburahamu yenda za nkwi zo kosa igitambo, azikorera Isaka umuhungu we, ajyana n’umuriro n’umushyo, bombi barajyana. Isaka ahamagara se Aburahamu ati “Data.” Aramwitaba ati “Ndakwitaba, mwana wanjye.” Aramubaza ati “Dore umuriro n’inkwi ngibi, ariko umwana w’intama uri he, w’igitambo cyo koswa?” Aburahamu aramusubiza ati “Mwana wanjye, Imana iri bwibonere umwana w’intama w’igitambo cyo koswa.” Nuko bombi barajyana. Aburahamu agiye gutamba Isaka, Imana iramubuza Bagera ahantu Imana yamubwiye, Aburahamu yubakayo igicaniro yararikaho za nkwi, aboha Isaka umuhungu we, amurambika kuri icyo gicaniro hejuru y’inkwi. Aburahamu arambura ukuboko, yenda wa mushyo ngo asogote umuhungu we. Marayika w’Uwiteka amuhamagara ari mu ijuru ati “Aburahamu, Aburahamu.” Aritaba ati “Karame.” Aramubwira ati “Ntukoze ukuboko kuri uwo muhungu, ntugire icyo umutwara, kuko ubu menye yuko wubaha Imana, kuko utanyimye umwana wawe w’ikinege.” Aburahamu yubura amaso arareba, abona inyuma ye impfizi y’intama, amahembe yayo afashwe mu gihuru. Aburahamu aragenda, yenda ya ntama, ayitambaho igitambo cyoswa mu cyimbo cy’umuhungu we. Aburahamu yita aho hantu Yehovayire, nk’uko bavuga na bugingo n’ubu bati “Ku musozi w’Uwiteka kizabonwa.” Maze marayika w’Uwiteka arongera ahamagara Aburahamu ari mu ijuru, aramubwira ati “Ndirahiye, ni ko Uwiteka avuga, ubwo ugenjeje utyo ntunyime umwana wawe w’ikinege, yuko no kuguha umugisha nzaguha umugisha, no kugwiza nzagwiza urubyaro rwawe ruhwane n’inyenyeri zo mu ijuru, kandi ruhwane n’umusenyi wo mu kibaya cy’inyanja, kandi ruzahindura amarembo y’ababisha barwo. Kandi mu rubyaro rwawe ni mo amahanga yose yo mu isi azaherwa umugisha kuko wanyumviye.” Aburahamu asubira aho abagaragu be bari, barahaguruka bajyana i Berisheba, agezeyo arahatura. Hanyuma y’ibyo babwira Aburahamu bati “Na Miluka yabyaranye na mwene so Nahori abana.” Imfura ye ni Usi, hakurikiraho Buzi murumuna we, na Kemuweli se wa Aramu, na Kesedi na Hazo na Piludashi, na Yidilafu na Betuweli. Betuweli yabyaye Rebeka. Abo uko ari umunani, Miluka yababyaranye na Nahori mwene se wa Aburahamu. Inshoreke ye yitwa Rewuma, na yo yabyaye Teba na Gahamu, na Tahashi na Maka.
Gutegeka kwa kabiri 18:15 Uwiteka Imana yawe izabahagurukiriza umuhanuzi umeze nkanjye ukomotse hagati muri mwe, muri bene wanyu, azabe ari we mwumvira.
Zaburi 22:1 Zaburi iyi yahimbiwe umutware w’abaririmbyi, babwirishaga inanga ijwi ryitwa “Imparakazi yo mu gitondo.” Ni Iya Dawidi. Mana yanjye, Mana yanjye, Ni iki kikundekesheje, Ukaba kure ntuntabare, Kure y’amagambo yo kuniha kwanjye?
Malaki 3:1 Dore nzatuma integuza yanjye, izambanziriza intunganyirize inzira. Umwami mushaka azāduka mu rusengero rwe, kandi intumwa y’isezerano mwishimana dore iraje. Ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga.
Malaki 4:5-6 Dore nzaboherereza umuhanuzi Eliya, umunsi w’Uwiteka ukomeye kandi uteye ubwoba utaragera. Uwo ni we uzasanganya imitima ya ba se ku bana n’imitima y’abana ku ya ba se, kugira ngo ntazaza kurimbuza isi umuvumo.
Matayo 4:4 Aramusubiza ati “Handitswe ngo Umuntu ntatungwa n’umutsima gusa, ahubwo atungwa n’amagambo yose ava mu kanwa k’Imana.'”
Matayo 24:24 Kuko abiyita Kristo n’abahanuzi b’ibinyoma bazaduka bakora ibimenyetso bikomeye n’ibitangaza, kugira ngo babone uko bayobya n’intore niba bishoboka.
Matayo 11:1-19 Yesu amaze gutegeka abigishwa be cumi na babiri, avayo ajya kwigisha no kubwiriza abantu mu midugudu y’aho. Ariko Yohana yumviye mu nzu y’imbohe ibyo Yesu akora, atuma abigishwa be ko bamubaza bati Mbese ni wowe wa wundi ukwiriye kuza, cyangwa dutegereze undi? Yesu arabasubiza ati “Nimugende mubwire Yohana ibyo mwumvise n’ibyo mubonye. Impumyi zirahumuka, ibirema biragenda, ababembe barakira, ibipfamatwi birumva, abapfuye barazurwa, abakene barabwirwa ubutumwa bwiza. Kandi hahirwa uwo ibyanjye bitazagusha.” Abo bakigenda, Yesu atangira kuvugana n’abantu ibya Yohana ati “Mwagiye mu butayu kureba iki? Urubingo ruhungabanywa n’umuyaga? Ariko mwagiye kureba iki? Umuntu wambaye imyenda yorohereye? Erega abambara iyorohereye baba mu ngo z’abami! Ariko mwajyanywe n’iki? Kureba umuhanuzi? Ni koko, kandi ndababwira yuko aruta umuhanuzi cyane. Uwo ni we wandikiwe ngo Dore ndenda gutuma integuza yanjye mbere yawe, Izakubanziriza igutunganirize inzira.’ Ndababwira ukuri, yuko mu babyawe n’abagore hatigeze kubaho umuntu uruta Yohana Umubatiza, ariko umuto mu bwami bwo mu ijuru aramuruta. Uhereye ku gihe cya Yohana Umubatiza ukageza none, ubwami bwo mu ijuru buratwaranirwa, intwarane zibugishamo imbaraga. Kuko abahanuzi bose n’amategeko byahanuye kugeza igihe cya Yohana, kandi niba mushaka kubyemera, ni we Eliya wahanuwe ko azaza. Ufite amatwi yumva niyumve. Ariko ab’iki gihe ndabagereranya n’iki? Bameze nk’abana bato bicaye mu maguriro bahamagara bagenzi babo bati Twabavugirije imyironge ntimwabyina, twaboroze ntimwarira.’ Kuko Yohana yaje atarya atanywa, bagira bati Afite dayimoni.’ Umwana w’umuntu aje arya anywa, bagira bati Dore iki kirura cy’umunywi w’inzoga, incuti y’abakoresha b’ikoro n’abanyabyaha.’Ariko ubwenge bwerekanwa n’imirimo yabwo.”
Luka 17:22-30 Abwira abigishwa be ati “Hazabaho igihe muzifuza kubona umunsi umwe mu minsi y’Umwana w’umuntu, ariko ntimuzawubona. Kandi bazababwira bati Dore nguriya’, cyangwa bati Dore nguyu.’Ntimuzajyeyo kandi ntimuzabakurikire. Nk’uko umurabyo urabiriza mu ruhande rumwe rw’ijuru, ukarabagiranira mu rundi, uko ni ko Umwana w’umuntu azaba ku munsi we. Ariko akwiriye kubanza kubabazwa uburyo bwinshi, no kwangwa n’ab’iki gihe. Kandi uko byari biri mu minsi ya Nowa, ni ko bizaba no mu minsi y’Umwana w’umuntu: bararyaga, baranywaga, bararongoraga, barashyingiraga, bageza umunsi Nowa yinjiriye mu nkuge, umwuzure uraza urabarimbura bose. No mu minsi ya Loti na yo byari bimeze bityo: bararyaga, baranywaga, baraguraga, barabibaga, barubakaga, maze umunsi Loti yavuye i Sodomu, umuriro n’amazuku biva mu ijuru biragwa, birabarimbura bose. Ni na ko bizamera umunsi Umwana w’umuntu azabonekeraho.
Luka 24:13-27 Nuko uwo munsi babiri muri bo bajyaga mu kirorero cyitwa Emawusi. (Kuva i Yerusalemu kugerayo ni nka sitadiyo mirongo itandatu.) Nuko baganira ibyabaye byose. Bakiganira babazanya, Yesu arabegera ajyana na bo, Ariko amaso yabo arabuzwa ngo batamumenya. Arababaza ati “Muragenda mubazanya ibiki?” Bahagarara bagaragaje umubabaro. Umwe muri bo witwaga Kilewopa aramusubiza ati “Mbese ni wowe wenyine mu bashyitsi b’i Yerusalemu, utazi ibyahabaye muri iyi minsi?” Arababaza ati “Ni ibiki?” Bati “Ni ibya Yesu w’i Nazareti, wari umuhanuzi ukomeye mu byo yakoraga n’ibyo yavugaga imbere y’Imana n’imbere y’abantu bose, kandi twavuganaga uburyo abatambyi bakuru n’abatware bacu, bamutanze ngo acirwe urubanza rwo gupfa bakamubamba, kandi twiringiraga yuko ari we uzacungura Abisirayeli. Uretse ibyo, dore uyu munsi ni uwa gatatu uhereye aho ibyo byabereye. None abagore bo muri twe badutangaje, kuko bazindutse bajya ku gituro ntibasangamo intumbi ye. Nuko baraza batubwira ko babonekewe n’abamarayika, bakababwira ko ari muzima. Kandi bamwe mu bari bari kumwe na twe bagiye ku gituro basanga ari ko biri, uko abagore batubwiye, ariko we ntibamubona.” Arababwira ati “Mwa bapfu mwe, imitima yanyu itinze cyane kwizera ibyo abahanuzi bavuze byose. None se Kristo ntiyari akwiriye kubabazwa atyo, ngo abone kwinjira mu bwiza bwe?” Atangirira kuri Mose no ku bahanuzi bose, abasobanurira mu byanditswe byose ibyanditswe kuri we.
Abaheburayo 13:8 Yesu Kristo uko yari ari ejo, n’uyu munsi ni ko ari kandi ni ko azahora iteka ryose.
Abaheburayo 1:1 Kera Imana yavuganiye na ba sogokuruza mu kanwa k’abahanuzi mu bihe byinshi no mu buryo bwinshi,
Yohana 1:1
Mbere na mbere hariho Jambo; Jambo uwo yahoranye n’Imana kandi Jambo yari Imana.
Ibyahishuwe 3:14-21 Wandikire marayika w’Itorero ry’i Lawodikiya uti Uwiyita Amen, umugabo wo guhamya kandi ukiranuka w’ukuri, inkomoko y’ibyo Imana yaremye aravuga aya magambo ati Nzi imirimo yawe, yuko udakonje kandi ntubire. Iyaba wari ukonje cyangwa wari ubize! Nuko rero kuko uri akazuyazi, udakonje ntubire, ngiye kukuruka. Kuko uvuga uti “Ndi umukire, ndatunze kandi ndatunganiwe nta cyo nkennye”, utazi yuko uri umutindi wo kubabarirwa, kandi uri umukene n’impumyi ndetse wambaye ubusa. Dore ndakugira inama: ungureho izahabu yatunganirijwe mu ruganda ubone uko uba umutunzi, kandi ungureho n’imyenda yera kugira ngo wambare isoni z’ubwambure bwawe zitagaragara, kandi ungureho umuti wo gusīga ku maso yawe kugira ngo uhumuke. Abo nkunda bose ndabacyaha, nkabahana ibihano. Nuko rero gira umwete wihane. Dore mpagaze ku rugi ndakomanga. Umuntu niyumva ijwi ryanjye agakingura urugi, nzinjira iwe dusangire.’ Unesha nzamuha kwicarana nanjye ku ntebe yanjye y’ubwami, nk’uko nanjye nanesheje nkicarana na Data ku ntebe ye.
Ibyahishuwe 10:7 ahubwo mu minsi y’ijwi rya marayika wa karindwi ubwo azatangira kuvuza impanda, ni ho ubwiru bw’Imana buzaba busohoye nk’uko yabwiye imbata zayo ari zo bahanuzi.”