Ubutumwa : Uyu Munsi, Iki Cyanditswe kirasohoye! 65-0219
- 26-0308 Uyu Munsi, Iki Cyanditswe kirasohoye!
- 24-0609 Uyu Munsi, Iki Cyanditswe kirasohoye!
- 22-1113 Uyu Munsi, Iki Cyanditswe kirasohoye!
- 19-0616 Uyu Munsi, Iki Cyanditswe kirasohoye!
Mukundwa Mbuto Yihariye ya Cyami
Igihe twari dutegereje cyane kandi twifuzaga kirageze. Twahageze. Turabibona bigenda bitwikururwa imbere y’amaso yacu. Buri munsi ubuhanuzi buragenda busohora, kandi dushobora kuvuga ngo: UYU MUNSI IKI CYANDITSWE KIRASOHOYE IMBERE Y’AMASO YACU.
Mbega gushagurutswa binyuze mu Kwizera kuri kubaho hamwe n’Umugeni. Hamwe na buri Butumwa twumva, imbere mu mitima yacu no bugingo turibaza ngo , “Ni gute birushaho kuba bigari kandi birushaho kuba ibitangaje, Mwami?” Hanyuma Akaza hagati muri twe indi nshuro maze akadusiga mu gihe twumva Ijwi Rye riduhamagara maze rikavuga ngo , “Muri abakundwa Banjye. Narabatoranije ngo mu be Umugeni Wanjye. Nkuko Nabasezeranije, Nje kubajyana. Ndi mu nzira. Vuba aha tuzaba turi hamwe mu Iteka.”
Hirya no hino turarangura ku isi, tunyeganyeza Ijuru hamwe na za Halleluya zacu, icyubahiro, kumuhimbaza, no kumuramya. Satani yaratsinzwe. Data yakuyeho gushidikanya kwacu kose, gukekeranya kwacu kose, gutekereza kose yagushyize kure. Dushobora guhamya hamwe n’umutima n’ubugingo bwacu bwose ko, TURI Imbuto Ya Cyami y’Abrahamu Idasanzwe. Umugeni wa Cyami ku Mwana W’Ubwami wasezeranwe.
Kubaho k’Umwami kuratangaje mu gihe Aduhishurira Ijambo Rye kurenza uko byigeze kubaho mbere. Yunze Umugeni We hamwe n’Ijambo, kandi aduha guhuza umutima no guhuza nk’itsinda rimwe, twumva Ijwi ry’Imana rivuga kandi ridutunganya binyuze mu Ijambo Ryayo.
Buri Butumwa twumva ni nk’iriba ridudubiza rituritse mu bugingo bwacu; rigatemba, rigasunika, kandi rikadudubiza rifutse rituruka ku Ntebe y’Imana. Tukanywa kandi tukongera tukanywa ndetse tukanywa, turimo duhembura ubugingo bwacu.
Bene Data na Bashiki bacu, turi ugusohora kw’Ibyanditswe kwavuze ko Azagira Umugeni Jambo w’umwari. Turi: Uyu munsi iki Cyanditswe Kirasohoye.
Imana Ubwayo ivugira mu Ijuru Ibwira marayika Wayo wa karindwi iravuga ngo, “Nkuko Yohana Umubatiza yatumwe kuba integuza yo Kuza kwa mbere kwa Kristo, Ubutumwa bwawe buzabanziriza Kuza Kwe kwa kabiri, mu isi yose.” Umugeni ashobora kuvuga ngo: Uyu munsi iki Cyanditswe kirasohoye.
Dushobora gusobanukirwa ko iryo Jwi ry’Imana rimwe ryavuze mu minsi yacu rinyuze mu minwa y’umuntu, rigafatwa amajwi, rigahunikwa, ndetse rikarindwa kugira ngo rishobore kuvugana na buri umwe se muri twe, Uku Niko Uwiteka Avuze? Yemeye ko bishoboka kugira ngo tutazakenera gufata ijambo ry’undi wese, nta bitekerezo by’uwari we wese, nta myumvire y’undi, ni ukwicara gusa maze tukumva Ijwi Ryayo rivugana na twe Ijambo Ryayo ritunganye bidaciye ku ruhande .
NI IKI KIRIMO KUBAHO UYU MUNSI?
Kandi wa M-W-A-N-A w’Imana umwe waje i Burasirazuba kandi Akihamiriza ko ari Imana yigaragarije mu mubiri wa kimuntu; ni wa M-W-A-N-A w’Imana uri hano mu gice cy’isi cy’i Burengerazuba, Wigaragariza rwagati mu Itorero muri uyu mugoroba, Ari uko Yari ejo hashize Uyu munsi ndetse n’Iteka. Umucyo wa nimugoroba w’Umwana waraje. Uyu munsi iki Cyanditswe gisohoreye imbere yacu.
ESE TURI MU BUSHAKE BUTUNGANYE BW’IMANA KUBWO KUVUGA NO KWIZERA KO: “GUCURANGA AMAKASETE ARI INZIRA YATANZWE N’IMANA KU MUGENI WAYO”?
ESE HABA HARIHO IKINDI KINTU KIRUTA KUMVA AMAKASETE?
Imana ihora igaragazwa muri gatatu nk’uko nabivuze ejo nimugoroba. Hari Abanyesodomu, bene loti n’Ababurahamu. Ibyo biri mu gihagararo kimwe uyu mugoroba, isi ni uko ihagaze neza neza.
Mwitegereze. Uwasigaranye n’Aburahamu yari Imana Ubwayo. Ababiri bandi bari intumwa z’Abamarayika
NONE SE NINDE UVUGANA NATWE KU MAKASETE?
Reka mbasabe ikintu. Mwitegereze uko ibintu byari bimeze. Aburahamu yise uwo Mugabo wamuvugishaga “Elohim”. Ijambo ry’igiheburayo “Elohim” risobanura “Uwihagije, Uwiteka”, – Elohim, Imana Ubwayo!
MBEGA UKUNTU ARI INGENZI CYANE GUKANDAHO BIKAVUGA?
…”igihe kimwe Umwuka Wera azaza maze akore icyo kintu kimwe, kandi kugira Ijambo rimwe uvuga ubirwanya ntabwo bizigera bibabarirwa.” Nguyu uwo munsi, aho Ijambo ryose rigomba guhurira hamwe. “Kuvuga ijambo rimwe ririrwanya; ntibizigera bibabarirwa muri iy’isi ya none cyangwa mu isi izaza.”
Za halleluya zacu z’icyumweru gishize no guhimbaza Umwami wari umuteguro wo kwitegura ikigiye kubaho kuri iki Cyumweru, nkuko Umugeni indi nshuro yongeye kwiyunga maze akumva Imana idutera umwete kandi iduhamiriza ko turi Intore Zayo, kandi Agiye kuza vuba kutujyana mu Birori bikomeye by’Ubukwe, hakurikireho Urugo rw’Ahazaza
Uyu ni umunsi UWITEKA yaremye; tuzawunezererwamo kandi tuwishimiremo.
Mwene Data Joseph Branham
Ubutumwa: 65-0219 – “Uyu Munsi Iki Cyanditswe Kirasohoye”
Ibyanditswe :
Yohana igice cya 16
Icyo mbabwiriye ibyo ni ukugira ngo hatagira ikibagusha.
Yohana 16 2 16 2 Bazabaca mu masinagogi, kandi igihe kigiye kuza, uzabica wese azibwira ko akoreye Imana umurimo.
Yohana 16 3 16 3 Kandi ibyo bazabikorera batyo kuko batamenye Data, nanjye ntibamenye.
Yohana 16 4 16 4 Ariko ibyo mbibabwiriye kugira ngo igihe cyabyo nikigera, muzibuke ko ari jye wabibabwiye. Umumaro Umwuka Wera azabagirira Uhereye mbere na mbere sinabibabwiye, kuko nari nkiri kumwe namwe.
Ariko none ndajya ku Uwantumye, kandi muri mwe nta wumbaza ati Urajya he?’
Ariko kuko mbabwiye ibyo, imitima yanyu yuzuye agahinda.
Ariko ndababwira ukuri yuko ikizagira icyo kibamarira ari uko ngenda, kuko nintagenda Umufasha atazaza aho muri, ariko ningenda nzamuboherereza.
Yohana 16 8 16 8 Ubwo azaza azatsinda ab’isi, abemeze iby’icyaha n’ibyo gukiranuka n’iby’amateka;
Yohana 16 9 16 9 iby’icyaha, kuko batanyizeye,
Yohana 16 10 16 10 n’ibyo gukiranuka kuko njya kwa Data, kandi namwe muzaba mutakimbona,
Yohana 16 11 16 11 n’iby’amateka kuko umutware w’ab’iyi si aciriweho iteka.
Yohana 16 12 16 12 Ndacyafite ibyo kubabwira byinshi, ariko ubu ntimubasha kubyihanganira.
Uwo Mwuka w’ukuri naza azabayobora mu kuri kose kuko atazavuga ku bwe, ahubwo ibyo azumva ni byo azavuga, kandi azababwira ibyenda kubaho.
Uwo azanyubahiriza, kuko azenda ku byanjye akabibabwira.
Ibyo Data afite byose ni ibyanjye, ni cyo gitumye mvuga nti Azenda ku byanjye abibabwire.’
Hasigaye igihe gito ntimumbone, maze hazabaho ikindi gihe gito mumbone.
Bamwe mu bigishwa be barabazanya bati “Ibyo atubwiye ni ibiki ngo Hasigaye igihe gito ntimumbone, maze hazabaho igihe gito mumbone’, kandi ngo Kuko njya kuri Data.'”
Kandi bati “Ibyo ni ibiki ngo Igihe gito’? Ntituzi ibyo avuze.”
Yesu amenye ko bashaka kumubaza arababaza ati “Murabazanya ibyo mbabwiye ibyo ngo Hasigaye igihe gito ntimumbone, maze hazabaho ikindi gihe gito mumbone’?
Ni ukuri, ni ukuri, ndababwira yuko mwebweho muzarira mukaboroga, ariko ab’isi bazanezerwa. Mwebweho muzababara, ariko umubabaro wanyu uzahinduka umunezero.
Umugore iyo aramukwa arababara kuko igihe cye gisohoye, ariko iyo umwana amaze kuvuka ntaba akibuka kuribwa, kuko anejejwe n’uko umuntu avutse mu isi.
Ni ko namwe mubabara none, ariko nzongera kubonana namwe kandi imitima yanyu izanezerwa, n’umunezero wanyu nta muntu uzawubaka.
Uwo munsi nta cyo muzambaza. Ni ukuri, ni ukuri, ndababwira yuko icyo muzasaba Data cyose mu izina ryanjye azakibaha.
Kugeza none nta cyo mwasabye mu izina ryanjye. Musabe muzahabwa ngo umunezero wanyu ube wuzuye.
Ibyo mbibabwiriye mu migani, ariko igihe kizaza sinzavuganira namwe mu migani, ahubwo nzababwira ibya Data neruye.
Yohana 16 26 16 26 Uwo munsi muzasaba mu izina ryanjye, kandi simbabwira ko nzabasabira kuri Data,
Yohana 16 27 16 27 kuko Data na we abakunda ubwe kuko mwankunze mukizera yuko navuye ku Mana.
Yohana 16 28 16 28 Navuye kuri Data nza mu isi, kandi isi ndayivamo nsubire kuri Data.
Abigishwa baravuga bati “Dore noneho ureruye, nta mugani uduciriye.
Ubu tuzi yuko uzi byose kandi ko utagomba ko umuntu wese agira icyo akubaza, ni cyo gituma twizera ko wavuye ku Mana.”
Yesu arabasubiza ati “None murizeye?
Dore igihe kirenda gusohora ndetse kirasohoye, ubwo muri butatane umuntu wese ukwe, mukansiga jyenyine. Ariko sindi jyenyine, kuko Data ari kumwe nanjye.
Ibyo mbibabwiriye kugira ngo mugire amahoro muri jye. Mu isi mugira umubabaro, ariko nimuhumure nanesheje isi.”
Yesaya 61:1-2
Umwuka w’Umwami Imana ari kuri jye, kuko Uwiteka yansīze amavuta ngo mbwirize abagwaneza ubutumwa bwiza, yantumye kuvura abafite imvune mu mutima no kumenyesha imbohe ko zibohowe, no gukingurira abari mu nzu y’imbohe.
Kandi yantumye no kumenyesha abantu umwaka w’imbabazi z’Uwiteka, n’umunsi Imana yacu izahoreramo inzigo, no guhoza abarira bose.
Luka 4:16
Ajya i Nazareti iyo yarerewe, ku munsi w’isabato yinjira mu isinagogi nk’uko yamenyereye, arahagarara ngo asome.