All posts by admin5

24-0721 Kugerageza Gukorera Imana Umurimo Bitari Ubushake Bwayo

Ubutumwa : 65-0718 Kugerageza Gukorera Imana Umurimo Bitari Ubushake Bwayo

BranhamTabernacle.org

Mukundwa Mugeni wa Kristo, reka tujye hamwe kuri iki Cyumweru I Saa Sita z’amanywa, Ku isaha y’I Jeffersonville, kugira ngo twumve:
65-0718M – Kugerageza Gukorera Imana Umurimo Bitari Ubushake Bwayo

Mwene Data Joseph Branham

24-0714 Kumugirira isoni

Ubutumwa : 65-0711 Kumugirira isoni

BranhamTabernacle.org

Mukundwa Mugeni Udafite Isoni

Ntabwo higeze habaho igihe cyangwa abantu bimeze nk’iki gihe. Turi muri we, abaragwa b’ibyo yatwishyuriye byose. Arimo aradusangiza ukwera Kwe, kugeza tugeze muri We, twahindutse gukiranuka kw’Imana.

Yatumenye mbere binyuze mu iteka rya Kimana, kugira ngo tuzabe Umugeni We. Yaradutoranije, ntabwo ari twe twamutoranije. Ntabwo twaje kubwacu, ni ugutoranya Kwe. Noneho Yashyize mu mitima yacu n’ubugingo Guhishurirwa kuzuye kw’Ijambo Ryayo.

Umunsi nyuma y’undi, Aduhishurira Ijambo Rye, Akadusukaho Umwuka We, akaragaza ubuzima Bwe muri twe. Ntibyigeze bibaho ko abagize Umugeni We bahamye mu mitima yabo bakamenya ko bari mu bushake butunganye Bwe, na Gahunda Ye, binyuze mu kugumana n’Ijambo Rye, bakumva Ijwi Rye.

Urukundo rw’Imana n’ubu Butumwa bwuzura imitima yacu kugeza aho biba birimo bibira. Nta kindi kintu twifuza kumva, kuganiraho, gusabana nacyo, cyangwa mu buryo bworoshye gutambutsa umurongo twumvise nuko tugahimbaza Umwami.

Tumeze kimwe na Mose aho inyuma mu butayu. Twagendanye imbonankubone n’Imana Ishoborabyose, kandi twabonye Ijwi rivugana natwe; neza neza hamwe n’Ijambo ndetse n’isezerano ry’igihe. Hari ikintu byakoze kuri twe. Ntabwo biduteye isoni. Dukunda kubitangariza isi. Twizera ko Umwami Yesu ari Ubutumwa bw’igihe kandi ko TURI UMUGENI WE.

Yadukomeresheje Ijambo Rye. Nta gacucu ko gushidikanya, iyi niyo nzira Imana yatanze. Imana ntabwo ijya ihindura ibitekerezo Byayo kubijyanye n’Ijambo Ryayo. Yatoranije malayika wa karindwi kugira ngo ahamagarire Umugeni Wayo gusohoka, kugira ngo Ajye mu murongo hamwe n’Ijambo Ryayo.

Nta kintu gihari muri ubu buzima uretse We n’Ijambo Rye. Ntabwo tubasha kubihaga. Biruta ubuzima kuri twe. Ubutumwa bwiza n’Imbaraga z’Imana Ishobora byose byakwiriye ku isi kuruta ikindi gihe mbere. Ijambo ubu riri mu biganza n’amatwi by’Umugeni. Igihe cyo gutandukana ubu kirimo kubaho, mu gihe Imana irimo ihamagara Umugeni, satani arimo arahamagara itorero.

Turagukunda n’Ijambo Ryawe, Mwami. Ntabwo tubasha kubihaga. Twicara imbere y’Ijambo Ryawe buri munsi, turimo dukomera, twitegura Kuza Kwawe kwegereje. Data, bigomba kuba byegereje. Dushobora kubyiyumvamo, Mwami. Dutegerezanyije amatsiko menshi.

Data, reka turusheho kuba abanyakuri ndetse twongera kuvugurura imihigo yacu nanone. Tuziko Kwizera kwacu mu Ijambo Ryawe kuri kugurumana mu mitima yacu. Watwaye kure gushidikanya kose. Nta kindi kirimo uretse Ijambo Ryawe. Turabizi neza, kandi ntabwo bidutera isoni kubibwira isi, turi Umugeni Wawe w’amakasete.

Ndashaka gutumira isi ngo ize kumva hamwe natwe kuri iki Cyumweru I saa sita z’amanywa ku isaha y’I Jeffersonville, mu gihe twumva Ubutumwa: Kumugirira isoni 65-0711.

Mwene Data Joseph Branham

Mariko 8:34-38
34.Ahamagara abantu n’abigishwa be arababwira ati “Umuntu nashaka kunkurikira niyiyange, yikorere umusaraba we ankurikire,
35.kuko ushaka kurengera ubugingo bwe azabubura, kandi utita ku bugingo bwe ku bwanjye no ku bw’ubutumwa bwiza azabukiza.
36.Kandi umuntu byamumarira iki gutunga ibintu byose byo mu isi, niyakwa ubugingo bwe?
37.Mbese umuntu yatanga iki ngo acungure ubugingo bwe?
38.Umuntu wese ugira isoni zo kunyemera no kwemera amagambo yanjye muri iki gihe cy’ubusambanyi kandi kibi, Umwana w’umuntu na we azagira isoni zo kumwemera, ubwo azazana n’abamarayika bera afite ubwiza bwa Se.”

24-0707 Ese Imana Yaba Ihindura Igitekerezo Cyayo Kubijyanye n’Ijambo?

Ubutumwa : 65-0418E Ese Imana Yaba Ihindura Igitekerezo Cyayo Kubijyanye n’Ijambo?

BranhamTabernacle.org

Mukundwa Mugeni Bushake Butunganye

Umunsi urakuze kandi Kuza k’Umwami kuregereje. Urugi rurigukingwa kandi igihe kirimo gushira, niba niba kitarangiye. Burije cyane nta gukubita hirya no hino;  ngo ube nk’urubingo ruhungabanywa n’umuyaga; ukagira amatwi akurya. Ni umwanya wo gufata icyemezo gitunganye. Ni iki nkwiriye gukora kugira ngo mbe Umugeni We?

Ese Imana yaba ihindura igitekerezo cyayo ku Ijambo Ryayo? NTIBIBAHO. Noneho tugomba guhatana buri munsi, hamwe n’umutima wacu wose n’ubugingo kugira ngo tube mu BUSHAKE BWAYO BUTUNGANYE. Tugomba kwiyegurira ubwacu ubushake Bwayo n’Ijambo Ryayo. Ntitwigere turigisha impaka, uryizere gusa kandi uryemere. Ntukigere ugerageza gushakira inzira hirya Yaryo. Urifate gusa mu buryo Riri.

Umuhanuzi atubwira ko muri ubu Butumwa intego nyamukuru ari ukutwereka ko Imana irinda Ijambo Ryayo kugira ngo Igume ari Imana, ariko benshi begerageza kurica iruhande, maze bakishakira izindi nzira. Igihe babikoze, bibona ibintu bigenda, kandi Imana ikabaha umugisha, ariko baba bari gukorera mu bushake Bwayo buhaswe atari ubushake Bwayo butunganye, Ubushake bw’Imana.

Umuhanuzi atugarura ku Ijambo kandi akaduha urugero rwo gukurikiza, tukiga, ndetse akatwibutsa, ko IMANA  ITAJYA ihidura Igitekerezo Cyayo cyangwa inzira Yayo, Yo ni Imana kandi NTIhinduka.

Noneho, tubona ko aba bombi bari abantu b’umwuka, bombi bari abahanuzi, bombi barahamagawe. Kandi Mose, yari aho mu murimo, hamwe n’Inkingi y’Umuriro nshya imbere ye buri munsi, Umwuka w’Imana uri kuri we, ari mu murimo. Hano haza undi mukozi w’Imana, wahamawe n’Imana, agasigwa n’Imana, umuhanuzi uwo Ijambo ry’Imana ryazagaho. Hano niho hari umurongo uteye akaga. Nta muntu n’umwe washoboraga kubijyaho impaka ko uriya muntu atari umuntu w’Imana-w’Imana, kubera ko Bibiliya ivuga ko Umwuka w’Imana yavuganye nawe , kandi yari umuhanuzi.

Mwami, mbese ibyo byegeranye bingana iki? Ni gute nabimenya, mu gihe BOMBI bari abahanuzi? Bombi bari abantu buzuye Umwuka bahamagawe n’Imana, basizwe n’Imana; abahanuzi b’Imana abo Ijambo ry’Imana rizaho. Bombi bavuga ko Umwuka Wera abayobora.

Reka dusome kandi twige imirongo mike twitonze kubijyanye n’icyo marayika wa karindwi w’Imana yavuze. Turashaka icyo yavuze; atari icyo itorero rivuze, icyo Dogiteri Jones avuze, cyangwa icyo umuntu runaka wundi avuze. Turashaka icyo UKU NIKO UWITEKA AVUZE kivuze binyuze mu muhanuzi Wayo.

Mose, kubwo kuba umuhanuzi wasizwe n’Ijambo ry’Uwiteka, agahamya ko yatoranijwe kugira ngo abe umuyobozi icyo gihe, kandi ko Abrahamu yari yarasezeranije ibi bintu byose…

Nta n’umwe washoboraga gufata umwanya wa Mose. Nubwo hajyaga guhaguruka ba Kora bangana iki, ndetse na ba Datani bangana iki; yari Mose, Imana yari yaramuhamagaye, uko byari kose.

Mose niwe umwe Imana yari yatoranije kuyobora ubwoko. Abandi bantu barahagurukaga maze bakavuga ko basizwe, abagabo buzuye Umwuka Wera nabo. Ko nabo Imana yabahamagaye kugira ngo bayobore. Ariko Mose yari umuyobozi w’Ubushake Butunganye bw’Imana kugira ngo abayobore.

Ariko, nanone niba abantu badashaka kugendera mu bushake butunganye Bwayo, Ibafitiye ubushake buhaswe ubwo Izabemerera kugenderamo. Mwitegereze, Irabyemera, ariko Izemera ko byose bikorera hamwe kubw’icyubahiro Cyayo, mu bushake Bwayo butunganye. Noneho niba mubishaka…

Nta n’umwe ushaka kuba mu bushake buhaswe bw’Imana. Umugeni w’ukuri ashaka kuba mu bushake Butunganye Bwayo, igihe cyose, igiciro byamugomba cyose.

Hariho ukutemeranye kwinshi, ibitekerezo, urujijo, imyumvire, ku mumaro wo kumva amakasete.

Twese turabizi ko iki ari ikibazo cyateye ko abizera b’Ubutumwa batandukana uyu munsi. Turabizi ko Umugeni AGOMBA, KANDI NIKO AGOMBA KUBA, kwiyunga hamwe; iryo ni Ijambo.

Ni abuzuye Umwuka, mu itorero hariho abagabo uyu munsi bahamagawe. Ni abantu b’Imana basizwe bahamagawe kugira ngo babwirize ubu Butumwa. Ariko nta numwe muri bo twese dushobora kumvikanaho.

Ni gute bashobora kuba aribo bagomba kunga Umugeni? Ese twakiyunga ku murimo wabo? Nyakuri bahamagawe kugira ngo baragire umukumbi wabo, ariko kugira ngo bawugarure kuri GAHUNDA Y’UKURI Y’IMANA. UMUYOBOZI WAYO. UMUHANUZI WAYO. Atari imirimo yabo.

Niba batabigisha ko iri Jwi riri kuri aya mabande ariryo MUGOMBA gukurikira, kandi mugomba kwizera ko ariryo Jwi ry’ingenzi cyane mugomba kumva, aho abo bari mubushake buhaswe Bwayo.

Niba bakubwira ko ariryo Jwi ry’ingenzi cyane, kandi bakaba bizera nyakuri ibyo, none  se ni iki kibabuza kurishyiramo ngo rivuge igihe muhuriye hamwe?

Niba ushaka kuba uhamirijwe, UBIZI NEZA, y’uko uri mu bushake Bwayo butunganye, hariho  INZIRA YIZEWE imwe gusa. Ni ukumva Ijwi ry’Imana ryahamirijwe riri kuri aya makasete.

Ikintu cya mbere mu menya, ni uko kasete yinjira mu mazu yabo. Ko bazifite. Niba ari intama, aho azajyana nazo. Niba ari ihene, azajugunya kasete hanze.

Ndagomba kuba MPAMIRIJWE NEZA. Ko ntashobora, kandi ko ntazigera, nkinisha na gato aho kuba hanjye h’Iteka. NDABIZI KO Ijwi riri ku mabande ariryo Jwi ry’Imana ku Mugeni. NDABIZI KO nta kosa ririho. NDABIZI KO ryahamirijwe n’Inkingi y’Umuriro. NDABIZI KO Ariryo Rimwe Imana yatoranije ngo riyobore Umugeni Wayo. NDABIZI KO iryo Jwi ariryo Jwi ryonyine rishobora kandi rizunga Umugeni. NDABIZI KO ariryo Jwi nzumva rivuga ngo “Dore, Ntama w’Imana”

NGOMBA GUKANDAHO BIKAVUGA kandi nkumva iryo Jwi. Uratumiwe kugira ngo wiyunge hamwe natwe kuri iki Cyumweru I saa sita z’amanywa., ku isaha y’I Jeffersonville, mu gihe twumva : 65-0418E Ese Imana Yaba Ihindura Igitekerezo Cyayo Kubijyanye n’Ijambo?

Mwene Data Joseph Branham

Tuributangirire Ubutumwa kuri Paragraph ya 61.

Ibyanditswe byo gusoma mbere yo kumva Ubutumwa:

Kuva igice cya 19

1.Mu kwezi kwa gatatu Abisirayeli bavuye mu gihugu cya Egiputa, kuri uwo munsi bagera mu butayu bwa Sinayi.

2.Bavuye i Refidimu bageze mu butayu bwa Sinayi, babubambamo amahema. Ni ho Abisirayeli babambye amahema, imbere y’umusozi.

3.Mose arazamuka ngo ajye aho Imana iri, Uwiteka ari ku musozi amubwira amutera amagambo ati “Uko abe ari ko ubwira inzu ya Yakobo, ubu butumwa abe ari bwo ubwira Abisirayeli uti

4.‘Mwabonye ibyo nagiriye Abanyegiputa, kandi uko naramije mwe amababa nk’ay’ikizu nkabizanira.

5.None nimunyumvira by’ukuri, mukitondera isezerano ryanjye muzambera amaronko, mbatoranije mu mahanga yose kuko isi yose ari iyanjye,

6.kandi muzambera ubwami bw’abatambyi n’ubwoko bwera.’ Ayo abe ari yo magambo ubwira Abisirayeli.”

7.Mose araza ahamagara abakuru b’abantu, abazanira ayo magambo yose Uwiteka yamutegetse.

8.Abantu bose bamusubiriza icyarimwe bati “Ibyo Uwiteka yavuze byose tuzabikora.” Mose ashyira Uwiteka amagambo y’abantu.

9.Uwiteka abwira Mose ati “Dore ndaza aho uri ndi mu gicu gifatanye, kugira ngo abantu bumve mvugana nawe maze bakwemere iteka ryose.” Mose abwira Uwiteka amagambo y’abantu.

10.Uwiteka abwira Mose ati “Jya ku bantu ubeze none n’ejo, bamese imyenda yabo,

11.uwa gatatu uzasange biteguye, kuko ku munsi wa gatatu Uwiteka azamanukira imbere y’ubwo bwoko bwose ku musozi Sinayi.

12.Ubashyirireho urugabano rugota uyu musozi impande zose, ubabwire uti ‘Mwirinde mwe kuzamuka ku musozi cyangwa gukora ku rugabano rwawo. Uzakora kuri uyu musozi no kwicwa azicwe.

13.He kugira ukuboko kumukoraho, ahubwo bamwicishe amabuye cyangwa bamurase imyambi, naho ryaba itungo cyangwa umuntu cye kubaho.’ Ihembe nirivuga ijwi rirandaze, bazamuke bigire ku musozi.”

14.Mose aramanuka ava kuri uwo musozi, aza ku bantu arabeza, bamesa imyenda yabo.

15.Abwira abantu ati “Umunsi wa gatatu uzasange mwiteguye, ntimuterane n’abagore banyu.”

16.Ku wa gatatu mu gitondo inkuba zirakubita, imirabyo irarabya, igicu gifatanye kiba kuri uwo musozi. Ijwi ry’ihembe rirenga cyane rirumvikana, abantu bose bari mu ngando z’amahema bahinda imishyitsi.

17.Mose azana abantu akuye mu ngando gusanganira Imana, bahagarara munsi y’uwo musozi.

18.Umusozi wa Sinayi wose ucumba umwotsi, kuko Uwiteka yawumanukiyeho aje mu muriro. Umwotsi wawo ucumba nk’uw’ikome, umusozi wose utigita cyane.

19.Ijwi ry’ihembe rirushijeho kurenga Mose aravuga, Imana imusubirisha ijwi.

20.Uwiteka amanukira ku musozi wa Sinayi, ku mutwe wawo. Uwiteka ahamagara Mose ngo azamuke ajye ku mutwe w’uwo musozi, Mose arazamuka.

21.Uwiteka abwira Mose ati “Manuka, utegeke abantu be gutwaza ngo bajya aho Uwiteka ari kumwitegereza, benshi muri bo bakarimbuka.

22.Kandi n’abatambyi bigire hafi y’Uwiteka bīyeze, kugira ngo Uwiteka atabagwira.”

23.Mose abwira Uwiteka ati “Abantu ntibabasha kuzamuka kuri uyu musozi wa Sinayi, kuko ubwawe wadutegetse uti ‘Ugoteshe uyu musozi urugabano, uweze.’ ”

24.Uwiteka aramubwira ati “Genda umanuke maze uzamukane na Aroni, ariko abatambyi n’abantu be gutwaza ngo baze aho Uwiteka ari, kugira ngo atabagwira.”

25.Nuko Mose aramanuka ajya aho abantu bari, arabibabwira.

Kubara 22:31

31.Maze Uwiteka ahwejesha amaso ya Balāmu, abona marayika w’Uwiteka ahagaze mu nzira, akuye inkota ayifashe mu ntoki. Arunama, yikubita hasi yubamye.

Matayo 28:19

19.Nuko mugende muhindure abantu bo mu mahanga yose abigishwa, mubabatiza mu izina rya Data wa twese n’Umwana n’Umwuka Wera,

Luka 17:30

30.Ni na ko bizamera umunsi Umwana w’umuntu azabonekeraho.

Ibyahishuwe igice cya 17

1.Haza umwe wo muri ba bamarayika barindwi bari bafite za nzabya ndwi arambwira ati “Ngwino nkwereke iteka maraya ukomeye azacirwaho, yicara ku mazi menshi.

2.Ni we abami bo mu isi basambanaga na we, abari mu isi bagasinda inzoga ari zo busambanyi bwe.”

3.Anjyana mu butayu ndi mu Mwuka, mbona umugore yicaye ku nyamaswa itukura yuzuye amazina yo gutuka Imana, ifite imitwe irindwi n’amahembe cumi.

4.Uwo mugore yari yambaye umwenda w’umuhengeri n’uw’umuhemba. Yari arimbishijwe n’izahabu n’amabuye y’igiciro cyinshi n’imaragarita, mu intoki ze yari afite igikombe cy’izahabu cyuzuye ibizira n’imyanda y’ubusambanyi bwe.

5.Mu ruhanga rwe afite izina ry’amayoberane ryanditswe ngo BABULONI IKOMEYE, NYINA W’ABAMARAYA, KANDI NYINA W’IBIZIRA BYO MU ISI.

6.Mbona ko uwo mugore asinze amaraso y’abera n’amaraso y’abahōwe Yesu. Mubonye ndatangara cyane.

7.Marayika arambaza ati “Ni iki kigutangaje? Reka nkumenere ibanga ry’uriya mugore n’iry’inyamaswa imuhetse, ifite imitwe irindwi n’amahembe cumi.

8.Iyo nyamaswa ubonye yahozeho nyamara ntikiriho, kandi igiye kuzamuka ive ikuzimu ijye kurimbuka. Abari mu isi amazina yabo atanditswe mu gitabo cy’ubugingo, uhereye ku kuremwa kw’isi, bazatangara babonye iyo nyamaswa yahozeho ikaba itakiriho, kandi ikazongera kubaho.

9.“Aha ni ho hakwiriye ubwenge n’ubuhanga. Iyo mitwe irindwi ni yo misozi irindwi uwo mugore yicaraho.

10.Kandi ni yo bami barindwi: abatanu baraguye, umwe ariho undi ntaraza, kandi naza azaba akwiriye kumara igihe gito.

11.Ya nyamaswa yariho ikaba itakiriho, iyo ubwayo ni uwa munani, nyamara kandi ni umwe muri ba bandi barindwi kandi arajya kurimbuka.

12.“Ya mahembe cumi wabonye ni yo bami cumi batarīma, ariko bahabwa gutegekera hamwe na ya nyamaswa nk’abami kumara isaha imwe.

13.Abo bahuje inama, baha ya nyamaswa imbaraga zabo n’ubutware bwabo.

14.Bazarwanya Umwana w’Intama, ariko Umwana w’Intama azabanesha, kuko ari we Mutware utwara abatware n’Umwami w’abami, kandi abari hamwe na we bahamagawe batoranijwe bakiranutse na bo bazayinesha.”

15.Nuko arambwira ati “Ya mazi wabonye wa maraya yicaraho, ni yo moko n’amateraniro y’abantu n’amahanga n’indimi.

16.Ya mahembe cumi wabonye na ya nyamaswabizanga maraya uwo, bimunyage bimucuze birye inyama ze, bimutwike akongoke.

17.Kuko Imana yashyize mu mitima yabyo gukora ibyo yagambiriye, no guhuza inama no guha ya nyamaswa ubwami bwabyo, kugeza aho amagambo y’Imana azasohorera.

18.“Wa mugore wabonye ni we wa mudugudu ukomeye utegeka abami bo mu isi.”

24-0623 Gushyingirwa no Gutana

Ubutumwa : 65-0221M Gushyingirwa no Gutana

BranhamTabernacle.org

Mukundwa Mugeni Wera Utanduye w’Ijambo

Turi Umugore We mwiza mukundwa; utandujwe, utarigeze ukorwaho n’imikorere y’umuntu iyo ariyo yose, ibitekrekerezo ibyaribyo byose bya kimuntu. Turi abatanduye na gato, Umugeni w’Ijambo! Turi umukobwa w’Imana utwite.

Turi abana Jambo Rivuzwe Be, ariryo Jambo Ryayo ry’Umwimerere! Nta cyaha kiba mu Mana, ninako nta cyaha kiba muri twe, kuko turi ishusho Ye Bwite. Ese ni gute twagwa? Ntibishoboka… NTIBISHOBOKA! Turi igice Cye, IJAMBO Rye ry’UMWIMERERE.

Ni buryo ki twamenya ibi tudashidikanya? GUHISHURIRWA. Bibiliya yose, ubu Butumwa, Ijambo ry’Imana, byose ni Uguhishurirwa. Ubwo nibwo buryo tumenya ukuri hagati y’iri Jwi n’andi majwi yose, kubera ko ari Uguhishurirwa. Kandi Guhishurirwa guhuye neza neza n’Ijambo. Ntabwo kunyuranye n’Ijambo.

 Kandi kuri iryo buye, (Ihishurirwa ry’uburyo bw’umwuka ry’icyo ijambo riri cyo), nzubaka itorero ryanjye; kandi amarembo y’ikuzimu ntazarinyeganyeza.”

Umugore We ntabwo azashukwa n’abandi bagabo. “Nzubaka Itorero Ryanjye, kandi amarembo y’ikuzimu ntabwo yashobora na gato kurinyeganyeza.”

Tuzaba abizerwa kandi bakiranukira Ijambo Ryayo n’Ijwi Ryayo gusa. Ntabwo tuzigera twanduzwa na rimwe n’undi mugabo ngo dukore ubusambanyi. Tuzaguma turi Umugeni Jambo We w’umwari. Ntabwo tuzigera tureba, ngo twumve cyangwa dukore agakungu n’irindi jambo iryo ariryo ryose.

Biri imbere mu mitima yacu. Ntabwo twashobora kugira undi mugabo, ariko UMUGABO UMWE wacu Yesu Kristo, Umuntu umwe, Imana, Emanweli. Umugore  We azaba ari ibihumbi n’ibihumbi. Aribyo byerekana ko Umugeni agomba guturuka mu Ijambo. “Umwami Yesu Umwe, naho Umugeni We akaba benshi, mu bumwe.”

Tugomba kwibuka kandi tukamenyako ibi atari ibya buri wese, ni iby’itsinda ry’umuhanuzi GUSA. Abe bamwemera. Ubu Butumwa nibo bugenewe gusa, umukumbi muto Umwuka Wera yamuragije.

Imana izamubaza ibyo atubwira, kandi  twe, abo yahinduye hirya no hino mu gihugu, abo yazanye kuri Kristo, Imana inshingano itubaza ni ukwizera buri Jambo ryabwo kandi ntitwigere turigambanira.

Mbega uburyo bitangaje kuri twe kwicara maze tukamwumva arimo avugana natwe Abo Yitoranirije, Mbega uburyo Umugeni We wa mbere, n’Umugeni wa kabiri, bamunaniye; ariko twe, Umugeni We ukomeye w’igihe cya nyuma NTITUZIGERA NA RIMWE TUMUNANIRA. Tuzaguma turi ab’ukuri, bizerwa, Umugeni Jambo w’umwari kugeza ku iherezo.

Kwizera kwacu mu Ijambo Rye kugenda gukura buri munsi. Turimo turitegura ubwacu binyuze mu kumva no kubaha Ijambo Rye ryose, twuumva Ijwi Rye rivugana natwe, dusoma Bibiliya yacu, dusenga kandi tumuramya igihe cyose.

Turabizi ko Agomba kuza vuba. Igihe icyo aricyo cyose. Kimwe na Nowa, twibwiraga ko azaza ejo hahise, ahari wenda ejo mu gitondo, wenda isasita, nimugoroba se, ariko tuziko Aje. Umuhanuzi w’Imana n’Ijambo Ryayo ntabwo bijya byibeshya, ARAJE. Turabyiyumvamo ni umunisi wa 7, kandi dushobora kubona ibicu byiyegeranya ndetse ibitonyanga biremereye by’imvura bigwa; igihe kirageze.

Turatekanye tuguwe neza mu nkunge, dutegerazanyije amatsiko. Ngwino wiyunge hamwe natwe twumva Ijwi ry’Imana ridukomeza kuri iki Cyumweru I saa sita z’amanywa, ku isaha y’I Jeffersonville, mu gihe twumva Gushyingirwa no Gutana 65-0221M.

Mwene Data Joseph

Ibyanditswe byo gusoma mbere yo kumva Ubutumwa:

Matayo 5: 31-32

31.    “Kandi byaravuzwe ngo ‘Uzasenda umugore we, amuhe urwandiko rwo kumusenda.’

32.    Ariko jyeweho ndababwira yuko umuntu wese usenda umugore we atamuhora gusambana, aba amuteye gusambana, kandi uzacyura uwasenzwe azaba asambanye.

/ 16:18

18. Nanjye ndakubwira nti ‘Uri Petero, kandi nzubaka Itorero ryanjye kuri urwo rutare, kandi amarembo y’ikuzimu ntazarishobora.’

/ 19: 1-8

1.      Yesu arangije ayo magambo ava i Galilaya, ajya mu gihugu cy’i Yudaya hakurya ya Yorodani.

2.      Abantu benshi baramukurikira, abakirizayo.

3.      Abafarisayo baza aho ari baramugerageza, baramubaza bati “Mbese amategeko yemera ko umuntu asenda umugore we amuhora ikintu cyose?”

4.      Na we arabasubiza ati “Ntimwari mwasoma yuko Iyabaremye mbere yaremye umugabo n’umugore,

5.      ikababwira iti ‘Ni cyo gituma umuntu azasiga se na nyina akabana n’umugore we akaramata, bombi bakaba umubiri umwe’?

6.      Bituma batakiri babiri, ahubwo babaye umubiri umwe. Nuko icyo Imana yateranyije hamwe, umuntu ntakagitandukanye.”

7.      Baramubaza bati “Niba ari uko, ni iki cyatumye Mose ategeka ko umugabo aha umugore urwandiko rwo kumusenda, abone uko yamwirukana?”

8.      Arabasubiza ati “Mose yabemereye gusenda abagore banyu kuko imitima yanyu inangiye, ariko uhereye mbere hose ntibyari bimeze bityo.

/ 28:19

19.      Nuko mugende muhindure abantu bo mu mahanga yose abigishwa, mubabatiza mu izina rya Data wa twese n’Umwana n’Umwuka Wera,

Ibyakozwe 2:38

38.    Petero arabasubiza ati “Nimwihane, umuntu wese muri mwe abatizwe mu izina rya Yesu Kristo ngo mubone kubabarirwa ibyaha byanyu, kandi namwe muzahabwa iyi mpano y’Umwuka Wera,

Abaroma 9: 14-23

14.   Ni cyo gituma bitaba ku bushake bw’umuntu cyangwa ku mwete abigirira, ahubwo biva ku Mana ibabarira.

15.   Ibyanditswe byabwiye Farawo biti “Icyatumye nkwimika ni ukugira ngo nkwerekanireho imbaraga zanjye, kandi ngo izina ryanjye ryamamazwe hose mu isi yose.”

16.   Nuko ibabarira uwo ishaka, kandi inangira umutima w’uwo ishaka.

17.   None wambaza uti “None se ni iki gituma ikomeza kugaya umuntu? Ni nde wagandira ibyo ishaka?”

18.   Ariko wa muntu we, uri nde ugisha Imana impaka? Mbese icyabumbwe cyabaza uwakibumbye kiti “Ni iki cyatumye undema utya?”

19.   Mbese umubumbyi ntategeka ibumba, ngo mu mugoma umwe abumbemo urwabya rumwe rwo gukoresha iby’icyubahiro, n’urundi rwo gukoresha ibiteye isoni?

20.   None se bitwaye iki niba Imana, nubwo yashatse kwerekana umujinya wayo no kugaragaza imbaraga zayo, yihanganiranye imbabazi nyinshi inzabya z’umujinya zari zikwiriye kurimbuka,

21.   kugira ngo yerekanire ubutunzi bw’ubwiza bwayo ku nzabya z’imbabazi, izo yiteguriye ubwiza uhereye kera

22.   ari zo twebwe abo yahamagaye, atari mu Bayuda honyine ahubwo no mu banyamahanga?

23.   Nk’uko yavugiye no mu kanwa ka Hoseya iti “Abatari ubwoko bwanjye nzabita ubwoko bwanjye, Kandi uwari inyungwakazi nzamwita inkundwakazi.

I Timoteyo  2: 9-15

9.     Kandi n’abagore ni uko ndashaka ko bambara imyambaro ikwiriye, bakagira isoni birinda, kandi batirimbisha kuboha umusatsi, cyangwa izahabu cyangwa imaragarita, cyangwa imyenda y’igiciro cyinshi,

10.   ahubwo birimbishishe imirimo y’ingeso nziza nk’uko bikwiriye abagore bavuga yuko bubaha Imana.

11.   Umugore yigane ituza aganduke rwose,

12.   kuko nanga ko umugore yigisha cyangwa ngo ategeke umugabo, ahubwo agire ituza

13.   kuko Adamu ari we wabanje kuremwa nyuma hagakurikiraho Eva.

14.   Kandi Adamu si we wayobejwe, ahubwo umugore ni we wayobejwe rwose, ahinduka umunyabicumuro.

15.   Nyamara abagore bazakizwa mu ibyara nibakomeza kwizera, bakagira urukundo no kwera, bakirinda.

I Abakorinto 7: 10-15

10.   Abamaze kurongorana ndabategeka, nyamara si jye ahubwo ni Umwami wacu, umugore ye kwahukana n’umugabo we.

11.   Ariko niba yahukanye, abe igishubaziko cyangwa yiyunge n’umugabo we, kandi umugabo ye gusenda umugore we.

12.   Ariko abandi bo ni jye ubabwira si Umwami wacu. Mwene Data niba afite umugore utizera, kandi uwo mugore agakunda kugumana na we ye kumusenda.

13.   Kandi umugore ufite umugabo utizera na we agakunda kugumana na we, ye kwahukana n’umugabo we

14.   kuko umugabo utizera yezwa ku bw’umugore we, kandi umugore utizera yezwa ku bwa mwene Data uwo. Iyo bitameze bityo abana banyu baba bahumanye, ariko none dore ni abera.

15.   Icyakora wa wundi utizera, niba ashaka gutana atane. Mwene Data w’umugabo cyangwa w’umugore ntaba agihambiriwe iyo bimeze bityo, kuko Imana yaduhamagariye amahoro.

/ 14:34

34. abagore nibacecekere mu materaniro, kuko batemererwa kuvuga, ahubwo baganduke nk’uko amategeko na yo avuga.

Abaheburayo 11: 4

4. Kwizera ni ko kwatumye Abeli aha Imana igitambo kiruta icya Kayini kuba cyiza, ni na ko kwamuhaye guhamywa ko ari umukiranutsi ubwo Imana yahamyaga ko amaturo ye ari meza, kandi ni ko kwatumye na none akivuga nubwo yapfuye.

Ibyahishuwe 10: 7

7.        ahubwo mu minsi y’ijwi rya marayika wa karindwi ubwo azatangira kuvuza impanda, ni ho ubwiru bw’Imana buzaba busohoye nk’uko yabwiye imbata zayo ari zo bahanuzi.”

Itangiriro 3 igice

1.     Inzoka yarushaga uburiganya inyamaswa zo mu ishyamba zose, Uwiteka Imana yaremye. Ibaza uwo mugore iti “Ni ukuri koko Imana yaravuze iti ‘Ntimuzarye ku giti cyose cyo muri iyi ngobyi’?”

2.     Uwo mugore arayisubiza ati “Imbuto z’ibiti byo muri iyi ngobyi twemererwa kuzirya,

3.     keretse imbuto z’igiti kiri hagati y’ingobyi ni zo Imana yatubwiye iti ‘Ntimuzazirye, ntimuzazikoreho, mutazapfa.’ ”

4.     Iyo nzoka ibwira umugore, iti “Gupfa ntimuzapfa,

5.     kuko Imana izi yuko ku munsi mwaziriyeho, amaso yanyu azahweza mugahindurwa nk’Imana, mukamenya icyiza n’ikibi.”

6.     Uwo mugore abonye yuko icyo giti gifite ibyokurya byiza, kandi ko ari icy’igikundiro, kandi ko ari icyo kwifuriza kumenyesha umuntu ubwenge, asoroma ku mbuto zacyo, arazirya, ahaho n’umugabo we wari kumwe na we, arazirya.

7.     Amaso yabo bombi arahweza, bamenya yuko bambaye ubusa, badoda ibibabi by’imitini, biremeramo ibicocero.

8.     Bumva imirindi y’Uwiteka Imana igendagenda muri ya ngobyi mu mafu ya nimunsi, wa mugabo n’umugore we bihisha hagati y’ibiti byo muri iyo ngobyi amaso y’Uwiteka Imana.

9.     Uwiteka Imana ihamagara uwo mugabo, iramubaza iti “Uri he?”

10.   Arayisubiza ati “Numvise imirindi yawe muri iyi ngobyi, ntinyishwa n’uko nambaye ubusa, ndihisha.”

11.   Iramubaza iti “Ni nde wakubwiye ko wambaye ubusa? Wariye kuri cya giti nakubujije kuryaho?”

12.   Uwo mugabo arayisubiza ati “Umugore wampaye ngo tubane, ni we wampaye ku mbuto z’icyo giti, ndazirya.”

13.   Uwiteka Imana ibaza uwo mugore iti “Icyo wakoze icyo ni iki?” Uwo mugore arayisubiza ati “Inzoka yanshukashutse ndazirya.”

14.   Uwiteka Imana ibwira iyo nzoka iti “Kuko ukoze ibyo, uri ikivume kirengeje amatungo yose n’inyamaswa zo mu ishyamba zose, uzajya ugenda ukurura inda, uzajya urya umukungugu iminsi yose y’ubugingo bwawe.

15.   Nzashyira urwango hagati yawe n’uyu mugore, no hagati y’urubyaro rwawe n’urwe, ruzagukomeretsa umutwe nawe uzarukomeretsa agatsinsino.”

16.   Kandi Uwiteka Imana ibwira uwo mugore iti “Kugwiza nzagwiza cyane umubabaro wawe ufite inda: uzajya ubyara abana ubabara, kwifuza kwawe kuzaherera ku mugabo wawe, na we azagutwara.”

17.   Na Adamu iramubwira iti “Ubwo wumviye umugore wawe ukarya ku giti nakubujije ko utazakiryaho, uzaniye ubutaka kuvumwa. Iminsi yose yo kubaho kwawe uzajya urya ibibuvamo ugombye kubiruhira,

18.   buzajya bukumereramo imikeri n’ibitovu, nawe uzajya urya imboga zo mu murima.

19.   Gututubikana ko mu maso hawe ni ko kuzaguhesha umutsima, urinde ugeza ubwo uzasubira mu butaka kuko ari mo wakuwe: uri umukungugu, mu mukungugu ni mo uzasubira.”

20.   Uwo mugabo yita umugore we Eva, kuko ari we nyina w’abafite ubugingo bose.

21.   Uwiteka Imana iremera Adamu n’umugore we imyambaro y’impu, irayibambika.

22.   Uwiteka Imana iravuga iti “Dore uyu muntu ahindutse nk’imwe yo muri twe ku byo kumenya icyiza n’ikibi, noneho atarambura ukuboko agasoroma no ku giti cy’ubugingo, akarya akarama iteka ryose.”

23.   Ni cyo cyatumye Uwiteka Imana imwirukana muri ya ngobyi muri Edeni, kugira ngo ahinge ubutaka yavuyemo.

24.   Nuko yirukana uwo muntu, kandi mu ruhande rw’iyo ngobyi yo muri Edeni rwerekeye iburasirazuba, ishyiraho Abakerubi n’inkota yaka umuriro, izenguruka impande zose, ngo ibuze inzira ijya kuri cya giti cy’ubugingo.

Abalewi 21: 7

7.         Ntibakarongore malaya cyangwa uwanduye, kandi ntibagacyure uwasenzwe, kuko umutambyi ari uwera ku Mana ye.

Yobu 14: 1-2

1.       “Umuntu wabyawe n’umugore, Arama igihe gito kandi cyuzuyemo umuruho agakenyuka.

2.       Avuka ameze nk’ururabyo, maze agacibwa, Ahita nk’igicucu kandi ntarame.

Yesaya 53

1.     Ni nde wizeye ibyo twumvise, kandi ukuboko k’Uwiteka kwahishuriwe nde?

2.     Kuko yakuriye imbere ye nk’ikigejigeji, nk’igishyitsi cyumburira mu butaka bwumye, ntiyari afite ishusho nziza cyangwa igikundiro, kandi ubwo twamubonaga ntiyari afite ubwiza bwatuma tumwifuza.

3.     Yarasuzugurwaga akangwa n’abantu, yari umunyamibabaro wamenyereye intimba, yasuzugurwaga nk’umuntu abandi bima amaso natwe ntitumwubahe.

4.     Ni ukuri intimba zacu ni zo yishyizeho, imibabaro yacu ni yo yikoreye, ariko twebweho twamutekereje nk’uwakubiswe n’Imana agacumitwa na yo, agahetamishwa n’imibabaro.

5.     Nyamara ibicumuro byacu ni byo yacumitiwe, yashenjaguriwe gukiranirwa kwacu, igihano kiduhesha amahoro cyari kuri we, kandi imibyimba ye ni yo adukirisha.

6.     Twese twayobye nk’intama zizimiye, twese twabaye intatane, Uwiteka amushyiraho gukiranirwa kwacu twese.

7.     Yararenganye ariko yicisha bugufi, ntiyabumbura akanwa ke amera nk’umwana w’intama bajyana kubaga, cyangwa nk’uko intama icecekera imbere y’abayikemura, ni ko atabumbuye akanwa ke.

8.     Guhemurwa no gucirwa ho iteka ni byo byamukujeho. Mu b’igihe cye ni nde witayeho ko yakuwe mu isi y’abazima, akaba yarakubitiwe ibicumuro by’ubwoko bwe?

9.     Bategetse ko ahambanwa n’abanyabyaha, yari kumwe n’umutunzi mu rupfu rwe nubwo atagiraga urugomo, kandi ntagire uburyarya mu kanwa ke.

10.   Ariko Uwiteka yashimye kumushenjagura, yaramubabaje. Ubwo ubugingo bwe buzitamba ho igitambo cyo gukuraho ibyaha, azabona urubyaro, azarama, ibyo Uwiteka ashaka bizasohozwa neza n’ukuboko kwe.

11.   Azabona ibituruka mu bise by’ubugingo bwe bimwishimishe, bimuhaze. Umugaragu wanjye ukiranuka azatuma benshi baheshwa gukiranuka no kumenya, kandi azīshyiraho gukiranirwa kwabo.

12.   Ni cyo gituma nzamugabanya umugabane n’abakomeye, azagabana iminyago n’abanyamaboko, kuko yasutse ubugingo bwe akageza ku gupfa akabaranwa n’abagome, ariko ubwe yishyizeho ibyaha bya benshi kandi asabira abagome.

Ezekiyeli 44:22

22. Kandi ntibagacyure abapfakazi cyangwa abagore basenzw, ahubwo bajye barongora abageni bo mu rubyaro rw’ab’inzu ya Isirayeli, cyangwa se bacyure abapfakazi barongowe n’abatambyi.

24-0616 Ahantu Imana yahisemo Kuramirizwa

Ubutumwa : 65-0220 Ahantu Imana yahisemo Kuramirizwa

BranhamTabernacle.org

Mukundwa Muka Yesu Kristo,

Niba twashobora kubaza ikibazo kubijyanye n’ubuzima bwacu, hagomba kuba hari igisubizo cy’ukuri. Hashobora kuba ikintu cyenda kwegerana nacyo, ariko hari n’icy’ukuri, igisubizo nyacyo kuri buri kibazo. Kubw’ibyo, buri kibazo kiza mu buzima bwacu, hagomba kuba hari igisubizo cy’ukuri kandi gitunganye.

Niba dufite ikibazo cya Bibiliya, hagomba kuba igisubizo cya Bibiliya. Ntabwo dushaka ibiturutse ku itsinda ry’abantu, biturutse mu busabane runaka, cyangwa ibiturutse ku mwarimu, cyangwa biturutse ku idini runaka. Turashaka ikije giturutse neza neza mu Byanditswe. Tugomba kumenya: Ese nihe hantu h’ukuri kandi hatunganye h’Imana ho kuyiramiriza?

, ahantu hatoranijwe n’Imana… hatoranyijwe n’Imana ku bwo guhura n’umuntu, atari mu itorero, atari mu idini, atari mu mihango, ahubwo ni muri Krisito. Ni ho hantu honyine Imana ihurira n’umuntu, aho uwo muntu ashobora kuramiriza Imana, ni muri Krisito. Ni ho hantu honyine. Mwaba abametodisita, ababatisita, abagatulika, abaporoso, icyo mwaba muri cyo cyose, hari ahantu hamwe gusa mushobora kuramiriza Imana nkuko bikwiye; ni muri Kirisito.

Ahantu honyine hatunganye, Imana yatoranije kuramirizwa ni muri Yesu Kristo; iyo niyo Nzira yonyine yatoranijwe.

Bibiliya yadusezeranije Ikizu muri Malaki 4, Inkingi y’Umucyo tugomba gukurikira. Azatwereka itorero ryayobye We ni Abaheburayo 13:8, Yesu Kristo uko yari ejo hahise, niko ari uyu munsi, ndetse n’iteka. Kandi twasezeranijwe muri Luka 17:30 ko Umwana w’umuntu (Ikizu) azihishurira Ubwe Umugeni We.

Mu Byahishuwe 4:7, hatubwira ko hari Ibizima bine, aho icya mbere cyari intare. Igikurikiyeho cyari Ikimasa. Hanyuma, igikurikiyeho cyari umuntu; uwo muntu yari umugorozi, inyigisho z’umuntu, tewolojiya, n’ibindi.

Ariko Bibiliya yaravuze ngo mu gihe cya nimugoroba, Ikizima cya nyuma cyagombaga kuza cyari Ikizu kiguruka. Imana yagombaga guhereza Umugeni Wayo w’igihe cyanyuma Ikizu; Umwana w’umuntu Ubwe, wihishura Ubwe mu mubiri kugira ngo ayobore Umugeni We.


Bibiliya iravuga kandi ko ibyo bintu bya kera, byo mu Isezerano Rya kera, byari igicucu cy’ibintu bigomba kuza. Mu gihe icyo gicucu cyegera hafi, igishushanyo kimirwa mu cyo kirimo gushushanya. Ibyabaye noneho byari igicucu cy’ibirimo kubaho uyu munsi.


muri Samweli 8, Isezerano rya Kera ritubwira ko Imana yatanze Samweli umuhanuzi kugira ngo ayobore abantu. Abantu baramusanga bamubwira ko bashaka umwami. Samweli agira ubwoba bwinshi kuburyo umutima wanze kumuvamo.

Imana yayoboraga abantu binyuze muri uyu muhanuzi wari warayiyeguriye, kandi ahamirjwe n’ibyanditswe nuko amenya ko yanzwe. Nuko yegeranya abantu arabinginga kugira ngo be kureka Imana yabahetse guhera bakiri abana, ikabateza imbere ndetse ikabaha umugisha. Ariko baratsimbarara.

Babwira Samweli ngo, “Ntabwo wigeze wibeshya mu kutuyobora. Nta nubwo wigeze uba umuriganya mu bikorwa bijyanye n’ubutunzi. Wakoze ibishoboka byose kugira ngo uturindire mu nzira y’Ijambo ry’Uwiteka. Dushima ibitangaza, ubwenge, ibyo Iduha no kurinda kw’Imana”. Turabyizera. Turabikunda. Kandi ikiruseho ntabwo dushaka kubaho tutabifite. Ni uko gusa dushaka umwami kugira ngo atuyobore mu ntambara.

Noneho birumvikana igihe tugiye ku rugamba icyo dushaka ni uko abatambyi bakomeza kujya imbere na Yuda agakurikiraho, hanyuma tukavuza impanda kandi tukarangurura maze tukaririmba. Nta na kimwe tuzakuramo. ARIKO TURASHAKA UMWAMI AKABA ARI UMUNTU UMWE MURI TWE NUKO AKAJYA ATUYOBORA.


Aba ntabwo bari abanyedini bo muri kiriya gihe. Aba bari abantu bahamyaga ko WE ARI nyakuri ari umuhanuzi w’Imana akaba ariwe watoranijwe n’Imana kugira ngo abayobore.

“yego, uri umuhanuzi. Twizera Ubutumwa. Imana iguhishurira Ijambo Ryayo, kandi turabikunda, kandi nta n’ubwo twifuza kubaho tutarifite, ariko turashaka undi muntu utari WOWE kugira ngo atuyobore; umwe muri twe. Turacyashaka kuvuga ko twizera Ubutumwa watuzaniye. Ni Ijambo. Uri umuhanuzi, ariko ntabwo ari wowe wenyine cyangwa ngo ube Ijwi ry’ingenzi kurusha andi.”

Hariho abantu beza mu isi uyu munsi, insengero nziza. Ariko hariho Muka Yesu

Kristo umwe, kandi niwe turi We, Uwo Azaba Aziye; Ijambo Mugeni mwari utunganye uwo uzagumana n’IJWI RYONYINE IMANA YAHAMIRIJE KANDI IKEMEZA KO ARI RYO UKU NIKO UWITEKA AVUZE.

Niba ushaka gufatanya natwe kuri iki Cyumweru I saa sita z’amanywa, ku isaha y’I Jeffersonville,
turaza kuba turi ku ihuzanzira rya telephone hirya no hino ku isi turimo twumva. Ibi nibyo bigiye kubaho.

Kora kuri bene Data, bashiki banjye, incuti zanjye ziri hano, aha hantu muri uyu mugoroba, n’abari gukurikira kuri telefoni hariya. Hariho amaleta atandukanye bari kutwumva, hose, guhera ku Nkombe y’Iburasirazuba kugera ku Nkombe y’Iburengerazuba. Ndasaba, Mana dukunda, hariya kure mu butayu bwa Tucson, hariya muri Californie, iyo hejuru muri Nevada, no muri Idaho, iyo kure Iburasirazuba, na hariya i Texas; mu gihe ubu butumire butanzwe, hariho abantu bicaye mu dusengero duto, ku maradiyo, mu mazu, barimo kumva. O Mana, reka uyu mugabo cyangwa uyu mugore, uyu musore cyangwa uyu mukobwa wazimiye, Akugarukire kuri iyi saha. Bikore ubu. Tubigusabye mu Izina Rya Yesu, babone ubu buhungiro hakiri igihe.

Noneho, Mwami, uku guhinyuza kwaneshejwe: Satani, umuriganya, nta bubasha afite bwo kuzitira umwana w’Imana. Ni ikiremwa cyaneshejwe. Yesu Krisito, ahantu hamwe ho kuramiriza, Izina ryonyine ry’ukuri, ryamunesheje i Kalvari. Kandi ubu duha agaciro Amaraso Ye, ayo Yanesherejemo indwara zose, buri bubabare bwose.

Ndategeka Satani ave muri iki cyumba. Mu Izina rya Yesu Kirisito, sohoka muri aba bantu, babohoke.

Abemera gukira kwabo bashingiye ku Ijambo ryanditse, mubihamirize muhagurutse maze muvuge muti: “Nemeye gukira kwanjye ubu ngubu mu Izina rya Yesu Krisito.” Muhaguruke.

Icyubahiro ni icy’Imana. Dore. Murebe hano, ibimuga, n’abandi bose, bahagurutse. Icyubahiro ni icy’Imana. Ni uko. Mwizere gusa. Ari hano.

Mwene Data Joseph Branham

Ahantu Imana Yahisemo Ho Kuramiriza 65-0220

Ibyanditswe byose gusoma mbere yo kumva Ubutumwa:

Gutegeka kwa kabiri 16: 1-3
Kuva 12: 3-6
Malaki Igice cya 3 n’Igice 4
Luka 17:30
Abaroma 8: 1
Ibyahishuwe 4: 7

24-0609 Uyu Munsi, Iki Cyanditswe kirasohoye!

Ubutumwa : Uyu Munsi, Iki Cyanditswe kirasohoye! 65-0219

BranhamTabernacle.org

Mukundwa Mugeni Mbuto ya Cyami y’Umwuka Idasanzwe

Nta kongera gutegereza ukundi, nta kwibaza ukundi, TWAHAGEZE! TURI Umugeni Mbuto ya Cyami y’Umwuka Idasanzwe. Imbuto y’Umwuka ku Mwana w’Ubwami wasezeranijwe. Atari itsinda runaka mu gihe kizaza; atari mu gisekuru kizaza; turi kubaho ku munsi wanyuma, turi igisekuru kizareba Yesu Kristo agarutse ku isi.

Uyu Munsi, Iki Cyanditswe kirasohoye!

Ubwo Butumwa Bwiza bumwe, Izo Mbaraga zimwe, Uwo Mwana w’umuntu UMWE  uko yari ejo hahise, niko ari uyu munsi, kandi niko azahora iteka.

Uyu Munsi, Iki Cyanditswe kirasohoye!

Bakundwa nshuti muri muri Arizona, Califonia, Texas, aho hose muri Leta z’Ubumwe z’Amerika no HIRYA NO HINO MU ISI mwumva iyi kasete ku ihuzanzira; uwo Mwana(S-o-n) w’Imana umwe waje mu burasirazuba kandi akihamiriza nk’Imana igaragaye mu mubiri, ni we uwo Mwana (S-o-n) w’Imana mu gice cy’uburengerazuba hano, niwe urimo wigaragaza Ubwe hagati mu itorero uyu mugororoba, Ari uko yari ejo, uyu munsi, n’iteka. Umucyo wa nimugoroba w’Umwana waje.

Uyu Munsi, Iki Cyanditswe kirasohoye!

Ijwi rya Messiya, uwo wari uhagaze arimo avugira ku gicaniro mu gihe Cye, Yigaragaza Ubwe hamwe n’Ijambo ry’isezerano ry’icyo gihe, niryo Jwi rimwe rya Mesiya, riri kuvugana n’Umugeni Wayo uyu munsi hirya no hino ku isi kuri aya makasete, ritubwira ngo: Ndi uko nari ejo hahise, uyu munsi n’iteka. NDI Ijwi ry’Imana kuri Mwe. MURI UMUGENI MBUTO YA CYAMI Y’UMWUKA iyo yagumanye n’Ijambo Ryanjye.

Uyu Munsi, Iki Cyanditswe kirasohoye!

Hariho guteraganwa mu bantu uyu munsi kuburyo bananirwa kubona ukuri kw’Imana. Ni kubera ko hariho ubusobanuro bwinshi ku Ijambo ry’Imana butanzwe n’umuntu. Imana nta n’umwe ikeneye ngo asobanure Ijambo Ryayo. Irisobanura Ubwayo. Yoherereje Umugeni Wayo Ibyahishuwe 10:7 byayo mu minsi y’Ijwi rya mayayika muhanuzi kugira ngo asobanure Ijambo Ryayo. Ibyo ni UKU NIKO UWITEKA AVUZE.

Uyu Munsi, Iki Cyanditswe kirasohoye!

Muravuga muti, “Iyo njya kuba narimpari mu gihe Yesu yari ku isi, najyaga kuba narakoze ibi na biriya.” Ni byiza, icyo  ntabwo cyari igisekuru cyawe. Ariko, iki nicyo gisekuru cyawe, iki nicyo gihe cyawe. Ese ni irihe Jwi urimo uvuga ko ari Ijwi ry’Imana?

Imana? Ijwi ufata ko ari Ijwi ry’ingenzi kuri wowe ni irihe?

Uyu Munsi, Iki Cyanditswe kirasohoye!

Satani akomeje gutera Umugeni kurusha uko yigeze kubikora mbere. Yashobora kugutera gutekereza ko ufite icyorezo cyangwa ubwoko runaka bw’uburwayi, cyangwa agatera umuryango wawe. Rimwe na rimwe Imana yemera ko ibintu bihinduka umwijima ukaba utabasha kureba hejuru, hirya cyangwa hino ndetse n’ahandi hose. hanyuma Iraza ikakuremera inzira muri byo, kugira ngo ubashe kuvuga ngo,”Ntabwo ndi urubyaro rwa Hagari, ntabwo ndi urubyaro  rwa Sara, yewe nta nubwo ndi urubyaro rwa Mariya, Ndi Imbuto y’Umwuka y’Abarahamu y’Ubwami Idasanzwe y’Imana” Mfata gusa Ijambo nasezeranijwe, Ni Uku niko Uwiteka Avuze. Ntabwo nzigera nyeganyezwa. Uko byaba bigaragara kose, uko satani yavuga. Icyo nkeneye gusa, ni ugufatira Imana ku Ijambo Ryayo.

Uyu Munsi, Iki Cyanditswe kirasohoye!

Ijwi ry’Imana riratubwira ngo. Nahunitse Ibyo Kurya byose by’Umwuka mukeneye. Muvuge GUSA ibiri ku makasete. Ndi Ijwi ry’Imana kuri mwe. Ijambo Ryanjye nta busobanuro rikeneye. Ntimukajye impaka cyangwa ngo murwane, mukundane, ARIKO mugumane n’IJAMBO RYANJYE.

Uyu Munsi, Iki Cyanditswe kirasohoye!

Ntugacike intege. Ntukihebe. Ntukemere ko Satani akwiba UMUNEZERO wawe. Wibuke uwo URIWE, aho ugiye, uko bizaba bimeze muri ibyo Birori bikomeye by’Ubukwe. Gutura muri uwo Murwa mwiza yakubakiye. Aho ugiye kuzabana na We ubuziraherezo hamwe n’abo bose batambutse mbere.

Nta ndwara izongera kubaho. Hehe n’agahinda. Nta rupfu ukundi. Habe no kuba mu ntambara ukundi. Ahubwo ni Ubugingo Buhoraho hamwe na We. Hanyuma tuzavuga ngo:

Uyu Munsi, Iki Cyanditswe kirasohoye!

Ntitukijime ngo maze tuvuge ngo, “Ndambiwe aha hantu, ndashaka kuva hano. Ahubwo reka tuvuge dutya ngo: Araza umunota uwo ari uwo wose ubu, KUBWA NJYE… ICYUBAHIRO KIBE ICY’IMANA! ndakumbuye cyane. Ngiye kubona abo nkunda bose. Bagiye kugaragara aha imbere yanjye, noneho nzamenya ko, BIRANGIYE,  ko TWAHAGEZE.”

Noneho, mu kanya nk’ako guhumbya, tuzaba turi hamwe twese ku rundi ruhande.

Tunezerwe kandi twishime, kuko Ubukwe bw’Umwana w’Intama butashye, kandi Umugeni We… Umugeni We akaba yiteguye ubwe.

Niba wifuza kwishima, kandi ukaba mu Bukwe bw’Umwana w’Intama hamwe natwe, ngwino witegure ubwawe kuri iki Cyumweru I saa sita z’amanywa ku isaha y’I Jeffersonville, mu gihe twumva :

Uyu Munsi, Iki Cyanditswe kirasohoye! 65-0219

Mwene Data Joseph Branham

Ibyanditswe byo gusoma:

Yohana igice cya 16

1.“Icyo mbabwiriye ibyo ni ukugira ngo hatagira ikibagusha.

2.Bazabaca mu masinagogi, kandi igihe kigiye kuza, uzabica wese azibwira ko akoreye Imana umurimo.

3.Kandi ibyo bazabikorera batyo kuko batamenye Data, nanjye ntibamenye.

4.Ariko ibyo mbibabwiriye kugira ngo igihe cyabyo nikigera, muzibuke ko ari jye wabibabwiye. Umumaro Umwuka Wera azabagirira “Uhereye mbere na mbere sinabibabwiye, kuko nari nkiri kumwe namwe.

5.Ariko none ndajya ku Uwantumye, kandi muri mwe nta wumbaza ati ‘Urajya he?’

6.Ariko kuko mbabwiye ibyo, imitima yanyu yuzuye agahinda.

7.“Ariko ndababwira ukuri yuko ikizagira icyo kibamarira ari uko ngenda, kuko nintagenda Umufasha atazaza aho muri, ariko ningenda nzamuboherereza.

8.Ubwo azaza azatsinda ab’isi, abemeze iby’icyaha n’ibyo gukiranuka n’iby’amateka;

9.iby’icyaha, kuko batanyizeye,

10.n’ibyo gukiranuka kuko njya kwa Data, kandi namwe muzaba mutakimbona,

11.n’iby’amateka kuko umutware w’ab’iyi si aciriweho iteka.

12.“Ndacyafite ibyo kubabwira byinshi, ariko ubu ntimubasha kubyihanganira.

13.Uwo Mwuka w’ukuri naza azabayobora mu kuri kose kuko atazavuga ku bwe, ahubwo ibyo azumva ni byo azavuga, kandi azababwira ibyenda kubaho.

14.Uwo azanyubahiriza, kuko azenda ku byanjye akabibabwira.

15.Ibyo Data afite byose ni ibyanjye, ni cyo gitumye mvuga nti ‘Azenda ku byanjye abibabwire.’

16.“Hasigaye igihe gito ntimumbone, maze hazabaho ikindi gihe gito mumbone.”

17.Bamwe mu bigishwa be barabazanya bati “Ibyo atubwiye ni ibiki ngo ‘Hasigaye igihe gito ntimumbone, maze hazabaho igihe gito mumbone’, kandi ngo ‘Kuko njya kuri Data.’ ”

18.Kandi bati “Ibyo ni ibiki ngo ‘Igihe gito’? Ntituzi ibyo avuze.”

19.Yesu amenye ko bashaka kumubaza arababaza ati “Murabazanya ibyo mbabwiye ibyo ngo ‘Hasigaye igihe gito ntimumbone, maze hazabaho ikindi gihe gito mumbone’?

20.Ni ukuri, ni ukuri, ndababwira yuko mwebweho muzarira mukaboroga, ariko ab’isi bazanezerwa. Mwebweho muzababara, ariko umubabaro wanyu uzahinduka umunezero.

21.Umugore iyo aramukwa arababara kuko igihe cye gisohoye, ariko iyo umwana amaze kuvuka ntaba akibuka kuribwa, kuko anejejwe n’uko umuntu avutse mu isi.

22.Ni ko namwe mubabara none, ariko nzongera kubonana namwe kandi imitima yanyu izanezerwa, n’umunezero wanyu nta muntu uzawubaka.

23.Uwo munsi nta cyo muzambaza. Ni ukuri, ni ukuri, ndababwira yuko icyo muzasaba Data cyose mu izina ryanjye azakibaha.

24.Kugeza none nta cyo mwasabye mu izina ryanjye. Musabe muzahabwa ngo umunezero wanyu ube wuzuye.

25.“Ibyo mbibabwiriye mu migani, ariko igihe kizaza sinzavuganira namwe mu migani, ahubwo nzababwira ibya Data neruye.

26.Uwo munsi muzasaba mu izina ryanjye, kandi simbabwira ko nzabasabira kuri Data,

27.kuko Data na we abakunda ubwe kuko mwankunze mukizera yuko navuye ku Mana.

28.Navuye kuri Data nza mu isi, kandi isi ndayivamo nsubire kuri Data.”

29.Abigishwa baravuga bati “Dore noneho ureruye, nta mugani uduciriye.

30.Ubu tuzi yuko uzi byose kandi ko utagomba ko umuntu wese agira icyo akubaza, ni cyo gituma twizera ko wavuye ku Mana.”

31.Yesu arabasubiza ati “None murizeye?

32.Dore igihe kirenda gusohora ndetse kirasohoye, ubwo muri butatane umuntu wese ukwe, mukansiga jyenyine. Ariko sindi jyenyine, kuko Data ari kumwe nanjye.

33.Ibyo mbibabwiriye kugira ngo mugire amahoro muri jye. Mu isi mugira umubabaro, ariko nimuhumure nanesheje isi.”

Yesaya 61: 1-2

1.Umwuka w’Umwami Imana ari kuri jye, kuko Uwiteka yansīze amavuta ngo mbwirize abagwaneza ubutumwa bwiza, yantumye kuvura abafite imvune mu mutima no kumenyesha imbohe ko zibohowe, no gukingurira abari mu nzu y’imbohe.

2.Kandi yantumye no kumenyesha abantu umwaka w’imbabazi z’Uwiteka, n’umunsi Imana yacu izahoreramo inzigo, no guhoza abarira bose.

Luka 4:16

16.Ajya i Nazareti iyo yarerewe, ku munsi w’isabato yinjira mu isinagogi nk’uko yamenyereye, arahagarara ngo asome.

24-0602 Imbuto ntabwo iraganwa n’igishishwa

Ubutumwa : 65-0218 Imbuto ntabwo iraganwa n’igishishwa

BranhamTabernacle.org

Mukundwa Mbuto ya Cyami y’Abrahamu

Mboherereje indamutso hirya no hino ku isi, kuri abo bateranye hamwe, barimo kumvira kuri ubwo buryo bw’ihuzanzira, barimo bagaburira ubugingo Bwabo kuri iyo Manu nshya ifutse irimo imananuka iva mu Ijuru. Muri abaguzwe Amaraso ya Yesu Kristo Ubwe.

Mwami Yesu, ndasaba ko Wasiga amagambo uyu mugoroba ngo Ijwi ry’Ijuru ryumvikane muri buri gutwi.
Cyangwa niba hari abari aha cyangwa bakurikiye mu gihugu hose,

Imana irimo irasiga amatwi ya buri umwe wese muri twe, mu gihe turimo kumva hirya no hino ku isi kurangurura kwa Kimana kw’Ijwi ry’Imana rivugana natwe. Uku niko Uwiteka avuze.

Turi Itorero ry’Imana ry’Umwimerere ryavutse bwa kabiri ryizera BURI Jambo ry’Imana Imbere y’ikintu icyo aricyo cyose, tutitaye kucyo aricyo, kubera ko ni Ijambo ry’Imana ritavangiye ririmo kuvuga.

Imana irimo irigaragaza Ubwayo muri twe, Itorero Mugeni Ryayo. Ntabwo turi abahetsi b’Imbuto, TURI IMBUTO YA CYAMI. Ubuzima Bwe bwose bwari muri We bwongeye kwigaragaza muri TWE, Itorero Mugeni, ry’ukuri, ry’umwimerere, Rigarura Ijambo ry’Imana mu mwuzuro Waryo no mu mbaraga Zaryo.

Ntihashobora kongera kubaho igisekuru icyaricyo cyose cy’itorero nyuma y’iki. Turi ku iherezo, bene Data na bashiki bacu. Niho turi, twahageze. Imana ishimwe.

Turi ku iherezo. Twahageze. Umugeni YAMENYE abo Turi bo. Ni igihe cy’Imbuto Mugeni. Ibishishwa byarapfuye. Ibishishwa birimo kuma. Turi Ijambo ry’Imana ryavutse ku mwari rigaragajwe, Yesu Kristo ari uko yari ejo, uyu munsi, ndetse n’iteka.

Ntabwo tuzakorwaho. Nta mugabo wadufata kungufu. Turi Umugeni wabyawe n’umwari. Twategetswe n’Imana kuguma kuba ab’ukuri ku Ijambo mwari ritunganye. Imbuto igomba kuguma Imbere y’Umwana, Umwuka Wera, Ijwi ry’Umwana w’Umuntu, bityo kugira ngo ibashe gukomera. Kandi kuri twe, hariho INZIRA IMWE GUSA: GUKANDAHO BIKAVUGA MAZE TUKUMVA IJWI RY’UMWANA W’UMUNTU UBWE.

Kandi ndavuga ko hari Itorero ryatoranyijwe ahantu runaka muri iyi si, ryahunze ibi bintu kandi rihagaze ukwaryo. Kandi kugaragara kw’Imana kwararireheje.. Turi mu minsi ya nyuma.

Turi Ibizu by’Imana. Nta bugambanyi buri muri twe. Dushobora gusa kurya kuri Manu nshya. Tumeze nk’inyana ziri mu bwatsi. Turya gusa Ibyo Kurya Byahunitswe ibyo twagenewe.

Turi kubona Ibizu by’imana hirya no hino ku isi bishaka Manu Nshya. Bazakomeza gushaka kugeza bayibonye. Bazaguruka bajye hejuru ndetse hejuru cyane. Niba ntayiri hano muri iki kibaya, bazongera bigire hejuru ho gato. Barashaka Ijambo ry’Imana ry’uwo munsi rivuye ku Ijwi ry’Imana. Aho bagiye h’iteka hashingiye kuri Ryo. Aho Umubiri uri, niho Ibizu biteranira.

Umwuka We waje kuri twe kugira ngo ukore ibyo bintu bimwe nk’ibyo Yakoze. Ni ukongera kororoka kw’Intete. Turi Urubyaro Rwa Cyami rw’Abrahamu mu Kwizera abo bafata buri kintu cyose kinyuranye n’Ijambo ry’Imana maze bakacyita ko kitariho. Ntidushobora gushidikanya cyangwa ngo dushyire mu mwanya utariwo Ijambo ry’Imana, kubera ko twizera ko ari UKU NIKO UWITEKA AVUZE. Yesu Kristo ari uko yari ejo, uyu munsi, n’iteka.

Mana mukunzi mwiza, ntutume dutera umugongo ibi ngo tujye ku bupfu bw’isi, ahubwo reka tumwakire uyu mugoroba n’umutima wacu wose. Kandi Mwami, rema muri njye umwuka mwiza, Umwuka w’Ubugingo, kugira ngo nshobore kwizera Amagambo Yawe yose, kwemera Yesu Jambo, umwe ejo hashize, uyu munsi, n’iteka ryose, no kwizera uyu munsi igice cyatanzwe muri iki gisekuru. Bitange, Mwami. Mbisabye mu Izina rya Yesu.

Ndifuza kugutumira kugira ngo uze kumva Ijwi ry’Imana rihamirijwe kubw’igihe cyanyuma mu gihe Aduha Ibyo kurya by’Ibizu; Isezerano ry’Imana. Bisaba kwizera k’umwari kuri iri Jambo ry’Imana kugira ngo ubu Umugeni We.

Mwene Data Joseph Branham

Isaha: Isasita z’amanywa ku isaha y’I Jeffersonville

Ubutumwa: Imbuto ntabwo iraganwa n’igishishwa 65-0218

Ibyanditswe:

Matayo 24:24

Kuko abiyita Kristo n’abahanuzi b’ibinyoma bazaduka bakora ibimenyetso bikomeye n’ibitangaza, kugira ngo babone uko bayobya n’intore niba bishoboka.

Luka 17:30

Ni na ko bizamera umunsi Umwana w’umuntu azaboneker aho.

Yohana 5:24

“Ni ukuri, ni ukuri, ndababwira yuko uwumva ijambo ryanjye akizera uwantumye, aba afite ubugingo buhoraho kandi ntazacirwaho iteka, ahubwo aba avuye mu rupfu ageze mu bugingo.

Yohana 14:12

Ni ukuri, ni ukuri, ndababwira yuko unyizera, imirimo nkora na we azayikora ndetse azakora n’iyiruta, kuko njya kwa Data.

Abaroma 8:1

Nuko rero noneho abari muri Kristo Yesu nta teka bazacirwaho,

Abagalatiya 4: 27-31

27.kuko byanditswe ngo “Ishime ngumba itabyara, Tera hejuru uvuge cyane utaramukwa, Kuko abana b’inyungwakazi ari benshi, Baruta ab’inkundwakazi.”
28.Nuko rero bene Data, namwe muri abana b’isezerano nk’uko Isaka yari ari.
29.Ariko nk’uko icyo gihe uwabyawe n’umubiri yarenganyaga uwabyawe n’Umwuka, na n’ubu ni ko bikimeze.
30.Mbese ibyanditswe bivuga bite? Biravuga biti “Senda inshoreke n’umuhungu wayo, kuko umuhungu w’inshoreke atazaraganwa n’umuhungu w’umugeni.”
31.Nuko bene Data, ntitukiri abana b’inshoreke, ahubwo turi ab’umugeni.

Abaheburayo 13: 8

Yesu Kristo uko yari ari ejo, n’uyu munsi ni ko ari kandi ni ko azahora iteka ryose.

1 Yohana 4: 7

Bakundwa, dukundane kuko urukundo ruva ku Mana. Umuntu wese ukunda yabyawe n’Imana kandi azi Imana.

Ibyahishuwe 10

Mbona marayika wundi ukomeye amanuka ava mu ijuru yambaye igicu, umukororombya uri ku mutwe we, mu maso he hasa n’izuba, ibirenge bye bisa n’inkingi z’umuriro.

Mu intoki ze yari afite agatabo kabumbutse. Nuko ashyira ikirenge cye cy’iburyo ku nyanja, n’icy’ibumoso agishyira ku butaka.

Arangurura ijwi rirenga nk’uko intare yivuga, avuze iryo jwi rirenga guhinda kurindwi kw’inkuba kuvuga amajwi yako.

Kandi guhinda kurindwi kw’inkuba kumaze kuvuga, nari ngiye kwandika nuko numva ijwi rivugira mu ijuru rimbwira riti “Iby’ uko guhinda kurindwi kw’inkuba kuvuze ubizigame, bibe ubwiru ntubyandike.”

Marayika nabonye ahagaze ku nyanja no ku butaka amanika ukuboko kwe kw’iburyo, agutunga mu ijuru

arahira Ihoraho iteka ryose yaremye ijuru n’ibirimo, n’isi n’ibiyirimo n’inyanja n’ibiyirimo ati “Ntihazabaho igihe ukundi,

ahubwo mu minsi y’ijwi rya marayika wa karindwi ubwo azatangira kuvuza impanda, ni ho ubwiru bw’Imana buzaba busohoye nk’uko yabwiye imbata zayo ari zo bahanuzi.”

Nuko rya jwi numvise rivugira mu ijuru, nongera kuryumva rimbwira riti “Genda wende ka gatabo kabumbutse kari mu intoki za marayika uhagaze ku nyanja no ku butaka.”

Nuko nsanga marayika uwo ndamubwira nti “Mpa ako gatabo.” Aransubiza ati “Enda ugaconshomere, karagusharirira mu nda ariko mu kanwa kawe karakuryohera nk’ubuki.”

Nenda ako gatabo, ngakura mu intoki za marayika ndagaconshomera. Mu kanwa kanjye karyohera nk’ubuki, ariko maze kukarya mu nda yanjye harasharirirwa.

Arambwira ati “Ukwiriye kongera guhanura iby’amoko menshi n’amahanga menshi, n’indimi nyinshi n’abami benshi.”

Malaki 4

“Dore hazaba umunsi utwika nk’itanura ry’umuriro, abibone bose n’inkozi z’ibibi zose bazaba ibishingwe, maze habe umunsi uzabatwika bashire, ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga, ntuzabasigira umuzi cyangwa ishami.

Ariko mwebweho abubaha izina ryanjye, Izuba ryo gukiranuka rizabarasira rifite gukiza mu mababa yaryo, maze muzasohoka mukinagire nk’inyana zo mu kiraro.

Kandi muzaribatira abanyabyaha hasi, bazaba ivu munsi y’ibirenge byanyu ku munsi nzabikoreraho. Ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga.

“Nimwibuke amategeko y’umugaragu wanjye Mose, ayo namutegekeye i Horebu yari ay’Abisirayeli bose, yari amategeko n’amateka.

“Dore nzaboherereza umuhanuzi Eliya, umunsi w’Uwiteka ukomeye kandi uteye ubwoba utaragera.

Uwo ni we uzasanganya imitima y’abana n’iya ba se, kugira ngo ntazaza kurimbuza isi umuvumo.”

Ariko iyo mutangiye kuvuga muti: “Njyewe na Data turi Umwe”, n’ibyo bintu bindi, ubwo rero igishishwa kirabihunga. Ariko Itorero Mugeni ry’ukuri ry’umwimerere rizagaragaza Ijambo ryuzuye ry’Imana mu mwuzuro Waryo, hagati…?… Kuko uko Yari ejo, ni ko Ari uyu munsi, n’iteka ryose.

65-0218- “Imbuto ntabwo iraganwa n’igishishwa”
Rev. William Marrion Branham

Yesu Krisito ntahinduka, uko Yari ejo, ni ko Ari uyu munsi n’iteka ryose.
Umwuka uje ku Mugeni ngo usohoze ibintu bimwe. Murabona, ni ukuvuka bushya kw’impeke.

65-0218- “Imbuto ntabwo iraganwa n’igishishwa”
Rev. William Marrion Branham

24-0526 Umuntu uhunga mu maso y’Uwiteka

Ubutumwa : 65-0217 Umuntu uhunga mu maso y’Uwiteka

BranhamTabernacle.org

Bakundwa Bagenzi mugiye I Nineve

Data, aho umubiri Wawe uri, niho Ibizu Byawe biteraniye hamwe. Urimo uratugaburira kuri Manu Yawe ya Kimana. Uhe ubugingo bwacu icyo nyakuri bukeneye. Turakunyotewe, Data.

Turi mu Biganza Byawe. Turi imbere y’ubwiza Bwawe, turi gukomera, binyuze mu kumva Ijwi Ryawe. Umugeni agomba kwisubiramo maze akarebana nabyo. Bikwiriye kuba ari ukuri cyangwa ikinyoma. Ese kumva Ijwi Ryawe rihamirijwe inicyo kintu cy’ingenzi cyane Umugeni Wawe akwiriye gukora cyangwa sicyo? Niba Bikwiriye, Reka tubikore. Ntutegereze ukundi, ushake ikiri Ukuri n’igikwiriye, maze abaricyo ugumana nacyo Turabizi ko Ryo ari Ukuri, turabizi ko ariyo Nzira Yawe Wateguye.

Ndagomba kurangurura cyane, “Intare intontomye ninde utatinya? Imana ivuze, ninde utahanura?” Twarabibonye mu Ijambo. Warabisezeranye. Ninde washobora guceceka kandi agatuza?

Ntabwo dushaka icyo gitekerezo rusange. Turashaka Ukuri. Kandi twe ntabwo, twe(dushaka) ntidushaka–ntidushaka guhanga amaso ikindi cyose uretse icyo Imana yavuze ko ari Ukuri.

Igihe kirageze kugira ngo mufate icyemezo niba ari iyihe nkunge mugomba kujyamo. Ese murimo kugaburirwa ku Ijambo rivuzwe rivuye neza neza ku Mwana w’Umuntu, cyangwa n’ikindi kindi? Ese haba hari ubabwira ko mugomba kumva andi majwi kugira ngo mube Umugeni Wayo? Gucuranga amakasete mu ngo zanyu cyangwa mu nsengero zanyu ntabwo aricyo kintu cy’ingenzi Umugeni agomba gukora?

 Ese ni ijwi ryande murimo kumva? Ese ni iki iryo jwi ririmo kubabwira?  Ese kubaho kw’iteka  kwanyu n’uk’umuryango wanyu murimo kugushingira kurihe jwi?

Ntabwo ari njye, ntabwo ari kuri marayika wa karindwi, oh, oya; ni kukugaragazwa k’Umwana w’Umuntu. Ntabwo ari marayika, ubuutumwa bwe; ni ubwo bwiru Imana yahishuye. Ntabwo ari umuntu; ni Imana. Uwo Marayika ntabwo yari Umwana w’umuntu; yari intumwa iturutse ku Mwana w’umuntu. Umwana w’umuntu ni Kristo; Uwo ni We Umwe muryaho. Ntabwo murimo kurya ku umuntu; umuntu, amagambo ye azananirwa. Ariko muri kurya ku Mubiri-Jambo utananirwa w’Umwana w’umuntu.

Ntukumve irindi jwi iryo ariryo ryose iryo ridashyiramo iryo Jwi, Mubiri-Jambo utananirwa w’Umwana w’umuntu, ngo arigire IRYA MBERE. Bashobora kubwiriza, kwigisha, cyangwa bagakora ibyo Imana yabahamagariye gukora byose, ariko NTABWO aribo jwi ry’ingenzi MUKWIRIYE KUMVA.

Niba bizera ibyo, noneho aho bazacuranga iryo Jwi igihe muteraniye hamwe maze bavuge ngo, “Iri Jwi, riri ku makasete, niryo Jwi ry’Ingenzi dukwiriye kumva. Iryo, kandi IRYO gusa, UKU NIKO UWITEKA AVUZE.”

Ese ni irihe Jwi mukunda? Ese ni kuki Yemeye ko Ijwi Ryayo rifatwa amajwi kandi rigahunikwa? Ese ni irihe Jwi Imana yatoranije kugira ngo rivuge Ijambo Ryayo kubw’igihe cyacu?

Binyuze mu muhanuzi Wayo Yateguye, uwo Yarobanuriye kugira ngo amanuke aho maze atambutse ubwo butumwa, rero, bisa nkaho Yashoboraga kohereza undi muhanuzi, ariko Yarobanuye Yona, kandi habe na Eliya ntabwo yajyaga kubikora, Yeremiya ntiyajyaga kubikora, Mose ntabwo yajyaga kubikora, yari Yona wagombaga kujya i Nineve. Nicyo cyonyine cyari gikenewe kuri byo. Yamuhaye umurimo ndetse Imubwira kugenda. Kandi igihe Yavuze ngo, “Genda hariya, Yona, genda I Nineve,” nta wundi muntu washoboraga kujyayo uretse Yona

Imana yatugennye mbere muri ubu buzima. Iri Jwi ritubwira Amagambo y’Ubugingo Buhoraho. Kuri twe, iyi niyo Nzira yateganijwe n’Imana. Iyi niyo Nkuge yacu. Niba uri mu nkuge igiye i Tarushishi, sohokamo mbere y’uko ukererwa.

Niba warimo wibaza, cyangwa ufite ibibazo ibyo aribyo byose mu mutima wawe wibaza inzira ukwiriye gufata cyagwa icyo ukwiriye gukora, ngwino udusange. Injira mu Nkuge hamwe natwe. Tugiye I Nineve, kurangurura. Turareka iyo nkuge y’I Tarushish ikomeze imanuke niba bashaka kujyayo. Dufite inshingano imbere y’Imana. Ubwo nibwo Ubutumwa dushinzwe.

Ntabwo ndimo mvuga ko nuramuka ugiye ku rusengero batumva amakasete ariyo nkuge igiye I Tarushishi, ariko niba UWO ARIWE WESE adafata iri Ijwi ry’Imana riri ku makasete nk’ijwi ry’ingenzi cyane mugomba kumva, byaba byiza ugenzuye ukareba uyoboye inkuge yanyu n’aho iyo nkuge irimo kwerekeza.

Ndagutumiye kugira ngo wifatanye natwe Kucyumweru I Saa sita z’amanywa., ku isaha y’I Jeffersonville, mu gihe Kapiteni w’inkuge yacu avuga kandi atuzanira Ubutumwa: Umuntu uhunga mu maso y’Uwiteka 65-0217.

Reka noneho dutangire ubu bubyutse. Ni ukuri! Ese ni iki utegereje? Twizera ko Kuza k’Umwami kwegereje, Kandi Agiye kuza gutwara Umugeni, ndetse Biriteguye. Kandi nta nkunge na zimwe dushaka z’I Tarushishi. Tugiye I Nineve. Huh! Tugiye mu Bwiza. Amen. Uko ni ukuri. Tugiye aho Imana igomba kuduha umugisha, kandi icyo nicyo gusa dushaka gukora.

Mwene Data Joseph Branham

24-0519 Ibibazo n’Ibisubizo #4

Ubutumwa : 64-0830E Ibibazo n’Ibisubizo #4

BranhamTabernacle.org

Mukundwa Muryango w’abumva amakasete

Ndashaka kuvuga wowe, muryango wanjye, n’umuryango hanze hose ku isi aho twe…aho amakasete ajya.

Abo nibo twe, umuryango w’abumva amakasete y’umuhanuzi; abana be bakwiriye hirya no hino mu isi, abo yabyariye Kristo. Abongabo Data yahaye Guhishurirwa Kwe Ubwe muri iyi minsi yanyuma.

Ndashaka kubahuriza hamwe bose umwe muri iyi minsi, murabona, Data nabishaka, kandi hanyuma tuzagira Murugo aho tutazongera kuzerera hirya no hino ukundi.

NDASHAKA KUBAHURIZA HAMWE BOSE. Birimo kuba ubungubu. Ubu Butumwa, Ijambo Ryayo, aya Makasete arimo arakora neza neza ibyo ngibyo: arimo arahuriza hamwe Umugeni, arimo aratwunga mu BUMWE BUMWE guturuka hirya no hino ku isi. Nta kindi gihari uretse Ijwi Ryayo; Ijwi ry’Imana ku makasete, ariryo rishobora guhuriza hamwe Umugeni Wayo.

Kandi wowe, igihe wuzuye Umwuka, dore kimwe mu bimenyetso byiza cyane nzi: ukunda Kristo cyane kandi wizera buri Jambo ryose Yavuze ko ari Ukuri Icyo ni igihamya ko ufite Umwuka Wera. Kandi ubuzima bwawe buba bwuzuye umunezero, hanyuma–oh mbega, ibintu byose biba bitandukanye (murabona?) bitandukanye n’uko byari bisanzwe. Uwo ni Umwuka Wera.

Imitima yacu, ibitekerezo n’ubugingo biba byuzuye umunezero, urukundo no Guhishurirwa, biba bigoye ko twakwifata ubwacu. Buri butumwa twumva butuzanira Guhishurirwa kuruseho. Tubona abo turibo n’ibyo dukora kubwo kuba mu Bushake Bwayo Butunganye. Nta kintu gihari cyashobora kudukura mu byo Imana yashyize imbere mu mitima yacu. Gukandaho Bikavuga niyo Nzira yateguwe n’Imana  kubw’uyu munsi. Nta gukekeranya, nta kwiringira, nta kubaza Umwuka Wera ngo, “Ese icyo numvise cyaba ari Ijambo ry’ukuri?” “Ese nkwiriye kubingenzuza Ijambo?”

 Abo sitwe. Icyo twumva ku makasete NI IRYO JAMBO. Iryo Jambo twumva ku makasete niryo JAMBO RYONYINE ryahamirijwe n’Umwuka Wera Ubwe, Inkingi y’Umuriro, ko ari Uku niko Uwiteka Avuze ku Mugeni.

Niharamuka hagize utubwira ngo, “Hari byinshi byavuzwe ku makasete byari Mwene Data Branham urimo kuvuga, bitari Ijambo risizwe. Uwo yari umuntu. Umwuka Wera atuyobora ku kiri Ijambo ntabwo ari kucyo Mwene Data Branham avuga.”

Abo sitwe. Twizera gusa icyo umuhanuzi yatubwiye ntitwigera tukibagirwa.

Ndashaka ko mutigera mwibagirwa iryo Jambo. Icyo Mose yavugaga, Imana yaracyubahaga, kubera ko Ijambo ry’Imana ryari muri Mose.

 Ntituzigera na rimwe twibagirwa icyo umuhanuzi avuga, kandi turacyizera; Kuko byandikishijwe ikaramu y’icyuma ku mitima yacu. Ibyo yavuze ku makasete, Imana irabyubaha, kandi turabyizera.

Nta cyubahiro kirenze kwicara maze tukumva Ijwi ry’Imana rivugana natwe. Araza kuba avugana n’Umugeni We kuri iki Cyumweru I Saa Sita z’Amanywa ku isaha y’i Jeffersonville, maze asubize ibibazo: 64-0830E Ibibazo n’Ibisubizo #4.  Ndifuza kugutumira kugira ngo wiyunge natwe. Ni icyemezo utazigera wicuza na rimwe.

Mwene Data Joseph Branham