24-0428 Ibibazo nibisubizo # 1

BranhamTabernacle.org

Bakundwa Mwumva Amakasete,

Gusa sinshobora kubivuga bihagije, NTA KINTU kiruta kumva Ijwi ry’Imana rituvugisha binyuze mu ntumwa marayika wemejwe w’igihe cyacu. Guhishurirwa nyuma y’ukundi guhishurirwa ibyo Uwiteka arimo aduhishurira. Nta herezo ryabyo. Buri butumwa ni nkaho tutigeze tubwumva mbere. Nijambo Rizima, Manu Nshya, Imana Yabitse Ibyo kurya by’umugeni Wayo, kandi icyo tugomba gukora ni UGUKANDAHO BIKAVUGA.

Twunvise byose kubijyanye Izamurwa RYACU riri bugufi. Tugiye… ICYUBAHIRO KIBE ICYAYO, TUGIYE MU Birori Byubukwe. Yagenye mbere ko TWEBWE turiyo kubwo Kumenya mbere Kwayo, kandi ntakintu na kimwe cyabibuza. Ijambo hano ryiyunze n’umuntu, kandi bombi bahinduka Umwe. Rigaragaza Umwana w’umuntu. Ijambo n’Itorero bihinduka Umwe. Icyo Umwana w’umuntu akoze cyose, Yari Ijambo, Itorero rikora icyo kintu kimwe.

Mbere yuko nkomeza, mushobora gukenera kongera gusoma ibyo !! Nigute dushobora kureka satani akadushyira hasi? Umva ibyo turimo icyo dushaka kugeraho. Umva abo turi bo. Umva ibiri kuba NONAHA.

Tugiye he? Mu Birori by’Ubukwe BWACU ubwo twateganirjwe mbere binyuze mu kumenya mbere Kwayo, aho TWE, Ijambo Ryayo n’Itorero, duhinduka UMWE NAWE, kandi icyo Umwana wumuntu yakoze cyose, NICYO NATWE DUKORA!!

Noneho twumvise ibyerekeye Ubuturo BWACU bw’Ahazaza. Umwubatsi Mana yahanze Umurwa WACU mushya, aho azabana NATWE, Umugeni We. Yarawubatse kandi yashyizemo buri kintu gito cyose neza neza bihura no Kunyurwa Kwacu; ibyo Twakunda. Ahatazaba hakenewe urumuri, kuko Umwana w’Intama azaba ari we Mucyo wacu. Aho umuhanuzi azaba aturanye natwe; azatubera umuturanyi. Tuzarya kuri ibyo biti, tuzagenda muri iyo mihanda ya zahabu tugere ku isoko maze tunyweho. Tuzaba tugenda muri paradizo yImana, hamwe nabamarayika bazenguruka isi, baririmba indirimbo. Icyubahiro kibe Icyayo! Haleluya!

Aduhamiriza  Ijambo rye; We, Nkingi y’Umuriro, yemeye ko ifoto Ye ifatwa hamwe na malayika We intumwa  kugirango yereke kandi abwire isi ati: “Mumwumvire.” Ntidukwiye gushidikanya Ijambo rimwe, kuko Ntabwo ari ijambo ry’umuhanuzi, Ni Ijambo ry’Imana ryavuganye n’Umugeni Wayo. None Aravugana natwe, dufite guhagararirwa binyuze mu kugena mbere, kuduhamiriza. Ntabwo Atubona, Yumva ijwi ryacu gusa binyuze mumaraso ya Yesu. Turi intungane mu maso Ye.

Uburebure burimo guhamagara ubundi burebure kuruta uko byigeze mbere, kandi Data arimo aratwuzuza Ijambo rye ryahishuwe. Ibintu byose dukeneye kumenya byafashwe amajwi maze Barabiduha. Ntaburyo bubaho iri Jambo ry’Ubutumwa Rizima ryagira iherezo. Ntakintu kiruta kumenya ko TWE turi Umugeni We. Igihamya kiri mu kumenya ko kumva iryo Jwi, Gukandaho Bikavuga, aribwo Bushake bw’Uwiteka butunganye; gahunda Yayo Yashyizeho.

Hariho byinshi bigomba kuza! Ni Ijambo ridakama ry’amazi y’ubugingo ku Mugeni Wayo. Ntabwo twigeze tugwa umwuma mubuzima bwacu bwose, ariko ntabwo na rimwe twigeze tugarura ubuyanja nk’iyo turi kunywa tukongera tukanywa ayo dushaka yose.

Buri cyumweru, Umugeni ashimishwa cyane no guteranira hamwe nigice cyumugeni uturutse kwisi yose, kugirango yumve icyo agiye guhishura gikurikiraho. Yatubwiye ngo niba tudashobora kuza hano ku Ngando, tujye mu rusengero runaka; mugeyo.

Ntidushobora guteranira hamwe twese aho umuhanuzi yagize mu rugo; icyicaro cye gikuru aho yabaga ari, ariko dushobora guhindura amatorero yacu, cyangwa Amazu yacu insengero, aho tumushyira ku gicaniro. Hanyuma tugashobora kugaburirwa IJAMBO RITUNGANYE GUSA NKUKO RYAHISHUWE.

Nta guteranira hamwe kunini, nta gusigwa gukomeye, ntahantu heza ho kuba byaruta  kwicara hamwe Ahantu ho mu ijuru, twumva Ijwi ry’Imana.

Ndagutumiye kuza kumva Ijwi ryemejwe n’Imana hamwe natwe kuri iki cyumweru saa 12h00 z’amanywa, isaha y’i Jeffersonville, ubwo Yongera kutuvugisha indi nshuro Abinyujije mu ntumwa malayika Wayo, maze agasubiza ibibazo byose dufite ku mitima yacu, akaduhamiriza ko turi Umugeni We.

Bro. Joseph Branham

Ubutumwa bwo ku cyumweru: Ibibazo nibisubizo # 1 64-0823M