Turi kubaho mu gihe cyijimye cyane, ariko NTA BWOBA DUFITE, Umwigisha yaraje. Yaje kugira ngo asohoze Ijambo Rye mu minsi yanyuma. Icyo Yaricyo ikindi gihe, nicyo Aricyo uyu munsi. Ukwigaragaza kwe n’ibimuranga yari afite icyo gihe, nibyo aribyo uyu munsi. Aracyari Ijambo Ry’Imana, yigaragaza Ubwe mu mubiri w’umuntu muri marayika We wa karindwi kandi yaratwihishuriye, turi Umugeni We w’Ijambo Rizima.
Nta mwanya dufite wo kujya impaka cyangwa guhangana; icyo gihe twarakirenze; turakomeje imbere, tugomba kugera hariya, Umwuka Wera yaje muri twe. Umwami Yesu mu ishusho y’Umwuka yarihishuye kandi ariyerekana Ubwe binyuze mu muhanuzi We y’uko We ari Ijwi ry’Imana ku Mugeni Wayo.
Yavuze ko Azaza. Yavuze ko Azakora ibi. Yavuze ko Azahaguruka Akinjira mu murimo mu minsi yanyuma kandi agakora ibi bintu nkuko Yabikoze mu mubiri mu gihe cya mbere, kandi nguyu hano arimo arabikora. Ese ni iki kibateye ubwoba? NTA NA KIMWE!!!
Turi mu nzira tugana mu Bwiza! Nta kintu gihari gishobora kuduhagarika. Imana igiye guhamiriza Ijambo Ryayo. Ntabwo nitaye kubirimo kubaho. Igihe cyo gushyira mu bikorwa kirageze. Igihe kirageze kugira ngo wizere cyangwa ureke kwizera. Umurongo utandukanya ugomba kuza kuri buri mugabo na buri mugore warageze.
Yemwe bantu, mugenzure neza! Ntimugafate amahirwe atuzuye kuri byo. Imana ifite gahunda; Ijambo Ryayo Yarifashe ku makasete. Umwigisha yaje kandi araguhamagara. Ngwino mu nzira Imana yateguye.
Umwigisha agiye kongera indi nshuro kunga Umugeni We hirya no hino ku isi hamwe n’Ijwi Rye. Agiye kudutera umwete, aduhamiriza, adukiza uburwayi, akatwinjiza mu Bwiza Bwe bukomeye maze akatubwira ngo:
Mbega gucunshumurwa k’Umwuka We Wera Umugeni azaba arimo guhabwa kuri iki Cyumweru mu gihe Imana iteraniriza hamwe abana Bayo indi nshuro kandi ikinjira mu ngo zacu, mu nsengero zacu, aho duteraniye, kandi akaduhamagara kandi akavuga ngo , “Umwigisha yaje kandi arimo araguhamagara. Icyo ukeneye cyose, ni icyawe.”
Reka ayo magambo acengere mu ndiba z’imitima yanyu, bene Data na bashiki bacu. ICYO MWABA MUKENEYE CYOSE, UMWIGISHA YAJE KANDI ARAKIBAHA.
Data wo mw’ijuru, O Mwami, twemerere ibyo byongere bibe. Ibyo bintu byose navuze : « Yesu yaraje maze araguhamagara. » Mbese iyo Aje akora iki ? Arahamagara. Twemerere ibyo byongere bibe Mwami. Reka Umwuka Wera aze mu bantu kuri uyu mugoroba Mwami Yesu mw’ishusho y’Umwuka. Reka Aze Yihishure kandi Yigaragaze.
Mwene Data Joseph Branham
Ubutumwa: 64-0213 Nuko Yesu Araza maze Arahamagara Igihe: Saa Sita z’amanywa ku isaha y’I Jeffersonville
Ibyanditswe:
Yohana 11:18-28 I Betaniya hari bugufi bw’i Yerusalemu, nka sitadiyo cumi n’eshanu. Nuko Abayuda benshi bari baje kwa Marita na Mariya kubahumuriza, kuko musaza wabo yari yapfuye. Marita yumvise ko Yesu aje ajya kumusanganira, ariko Mariya asigara yicaye mu nzu. Marita abwira Yesu ati “Databuja, iyaba wari hano musaza wanjye ntaba yarapfuye. Kandi n’ubu nzi yuko ibyo usabye Imana byose, Imana izabiguha.” Yesu aramubwira ati”Musaza wawe azazuka.” Marita aramubwira ati “Nzi yuko azazuka mu muzuko wo ku munsi w’imperuka.” Yesu aramubwira ati “Ni jye kuzuka n’ubugingo, unyizera naho yaba yarapfuye azabaho, kandi umuntu wese ukiriho unyizera ntazapfa iteka ryose. Mbese wizeye ibyo?” Aramusubiza ati “Yee, Databuja, nizeye yuko uri Kristo Umwana w’Imana ukwiriye kuza mu isi.” Amaze kuvuga ibyo aragenda, ahamagara mwene se Mariya rwihishwa aramubwira ati “Umwigisha yaje araguhamagara.”
Ubuzima bwose bwari mu ruti, imisatsi, n’ibishishwa, ubu burimo burihuriza hamwe muri twe, Imbuto ya Cyami y’Imana, Imirimo Ihambaye y’Imana, kandi barimo barategurirwa umuzuko, biteguye isarura. Alpha yahindutse Omega. Uwa mbere yahindutse uwanyuma, kandi uwanyuma ubu ni uwambere. Twanyuze muri urwo rugendo kandi twahindutse Imirimo Ye Ihambaye, igice Cye cyakubitswe.
Umugeni n’Umukwe ni Umwe!
Imana yeretse umuhanuzi Wayo igaragaza mbere(preview) rya buri umwe wese muri twe, Imirimo Ye Ihambaye, mu iyerekwa. Mu gihe yari ahagaze aho hamwe n’Umwami yitegereza Umugeni atambuka imbere ye, Yabonye buri umwe wese muri twe. Twebwe TWESE amaso yacu yari atumbiriye AHO NEZA KURI WE. Yavuze ko twagaragaraga turi beza kurusha undi wese yaba yarigeze abona mu buzima bwe. Hari ikirere kuri twe. Twari beza cyane kuri we.
Mwibuke, iri ryari IYEREKWA ry’Umugeni; uko Azaba asa, kandi mu gihe atubwira icyo neza neza yarimo akora. Mwumve neza.
Azaturuka mu mahanga yose, bizakora Umugeni. Bose bari bafite imisatsi miremire, ari nta marange bisize, n’abakobwa beza cyane. Kandi bose bari bampanze amaso. Ibyo byashushanyaga Umugeni uzaturuka mu mahanga yose. Murabona? We, buri wese yari ahagarariye igihugu, mu gihe bagendaga, bagendera mu Ijambo neza.
Umugeni, reka nongere mbivuge indi nshuro, UMUGENI, uturutse muri buri gihugu ese bari bahanze amaso pasiteri wabo, ni itsinda ry’abantu se … OYA, icyo ntabwo aricyo yavuze. Bari bahanze amaso yabo KU MUHANUZI, bamwitegereza.
Igihe cyose bari bahanze amaso yabo umuhanuzi, bagendaga mumurongo muburyo butunganye. Ariko nyuma yaratuburiye, hariho ikintu cyabayeho. Bamwe bakuye amaso yabo kuri we nuko batangira guhanga amaso ikindi kintu aribyo byabakururiye mu kajagari.
Yagomba kumubera amaso, naho ubundi We yajyaga kuva mu nzira mu gihe yatambukaga. Ariko noneho yaravuze ngo ahari byaba aricyo gihe cyanjye, igihe nzaba nshoje, igihe nzaba ntari hano, bashobora kuzava mu nzira kubwo kudakomeza guhanga amaso kuri we.
Yarimo aburira UMUGENI mu buryo bweruye, mugomba kugumisha amaso Yanyu ku Ijwi ry’Imana riri ku makasete. Iyo niyo nzira yateguwe n’Imana kubw’uyu munsi. Iryo niryo Jwi rizunga kandi rigatunganya Umugeni. Nimuramuka mukuye amaso Yanyu n’amatwi kuri iryo Jwi, Muzata umurongo kandi muzajya mu kajagari.
Buri Butumwa bugenda burushaho gusobanuka. Ni Imana ikomeye irimo iratwikururwa imbere yacu, igaburira Umugeni Wayo hamwe na Manu ihishwe ariyo yonyine dushobora kurya. Irakungahaye cyane kuri abo bandi bose, ariko ni Ibyo kurya Bihishwe by’Umugeni.
Mbega ibihe by’amashimwe Umugeni arimo kugira, asangira ku Ijambo, mu gihe ahinduka Umugeni Jambo Umurimo Wayo uhambaye utunganye.
Yari wenyine, nk’Umukwe, “yanzwe n’abantu, arasuzugurwa kandi yanzwe n’amadini”. Umugeni ni uko ahagaze. Ni ibiki? Ni Umurimo uhebuje We, murabona, ni Ijambo, Ashobora gukoreramo, ni Ryo Ashobora kugaragaza. Ukwangwa!
Ngwino wifatanye natwe kuri iki Cyumweru I Saa Sita z’Amanywa ku isaha y’I Jeffersonville, mu gihe Imana ivuga inyuriye muri marayika Wayo ukomeye, maze ikadukata kandi ikadutunganya kugira ngo duhinduke Umurimo Uhambaye w’Imana.
Mwene Data Joseph Branham
Ibyanditswe byo gusoma mbere y’amateraniro:
Yesaya 53:1–12 Ni nde wizeye ibyo twumvise, kandi ukuboko k’Uwiteka kwahishuriwe nde? Kuko yakuriye imbere ye nk’ikigejigeji, nk’igishyitsi cyumburira mu butaka bwumye, ntiyari afite ishusho nziza cyangwa igikundiro, kandi ubwo twamubonaga ntiyari afite ubwiza bwatuma tumwifuza. Yarasuzugurwaga akangwa n’abantu, yari umunyamibabaro wamenyereye intimba, yasuzugurwaga nk’umuntu abandi bima amaso natwe ntitumwubahe. Ni ukuri intimba zacu ni zo yishyizeho, imibabaro yacu ni yo yikoreye, ariko twebweho twamutekereje nk’uwakubiswe n’Imana agacumitwa na yo, agahetamishwa n’imibabaro. Nyamara ibicumuro byacu ni byo yacumitiwe, yashenjaguriwe gukiranirwa kwacu, igihano kiduhesha amahoro cyari kuri we, kandi imibyimba ye ni yo adukirisha. Twese twayobye nk’intama zizimiye, twese twabaye intatane, Uwiteka amushyiraho gukiranirwa kwacu twese. Yararenganye ariko yicisha bugufi, ntiyabumbura akanwa ke amera nk’umwana w’intama bajyana kubaga, cyangwa nk’uko intama icecekera imbere y’abayikemura, ni ko atabumbuye akanwa ke. Guhemurwa no gucirwa ho iteka ni byo byamukujeho. Mu b’igihe cye ni nde witayeho ko yakuwe mu isi y’abazima, akaba yarakubitiwe ibicumuro by’ubwoko bwe? Bategetse ko ahambanwa n’abanyabyaha, yari kumwe n’umutunzi mu rupfu rwe nubwo atagiraga urugomo, kandi ntagire uburyarya mu kanwa ke. Ariko Uwiteka yashimye kumushenjagura, yaramubabaje. Ubwo ubugingo bwe buzitamba ho igitambo cyo gukuraho ibyaha, azabona urubyaro, azarama, ibyo Uwiteka ashaka bizasohozwa neza n’ukuboko kwe. Azabona ibituruka mu bise by’ubugingo bwe bimwishimishe, bimuhaze. Umugaragu wanjye ukiranuka azatuma benshi baheshwa gukiranuka no kumenya, kandi azīshyiraho gukiranirwa kwabo. Ni cyo gituma nzamugabanya umugabane n’abakomeye, azagabana iminyago n’abanyamaboko, kuko yasutse ubugingo bwe akageza ku gupfa akabaranwa n’abagome, ariko ubwe yishyizeho ibyaha bya benshi kandi asabira abagome.
Malaki 3:6 Kuko jyewe Uwiteka ntabwo mpinduka, ni cyo gituma abahungu ba Yakobo mutamarwaho.
Matayo 24:24 Kuko abiyita Kristo n’abahanuzi b’ibinyoma bazaduka bakora ibimenyetso bikomeye n’ibitangaza, kugira ngo babone uko bayobya n’intore niba bishoboka.
Mbega ibihe bidasanzwe turimo turagira. Ijambo n’Umugeni ni Umwe kandi ni kimwe. Turi kuba inyuma y’igitwikirizo mu kugaragara k’Ubwiza bwa Shekina. Tubona Imana yihishe Ubwayo inyuma y’uruhu mu ntumwa marayika Wayo wa karindwi. Imana, indi nshuro, yihishe Ubwayo inyuma y’uruhu rw’umuntu muri buri umwe wese muri twe. Nta kibazo kigihari. Nta gushidikanya ukundi, TURI intore Ze, abagenwe mbere, Ijambo ryambaye umubiri, Umugeni Jambo utunganye.
Mu gihe twiyunga hamwe duturutse hirya no hino ku isi, turimo turumva Ijwi rivugana natwe kandi riduhishurira mu buryo bwuzuye Ijambo Ryayo ni Uguhishurirwa kuzuye ko Yesu Kristo ari uko yari ejo hashize, uyu munsi ndetse n’iteka. Kugaragara kw’Ijambo, Elohim, Imana mu mubiri ivugana n’Umugeni Wayo. Imana mu mubiri iriho kandi igatura muri buri wese muri twe. Gahunda ya nyuma y’Imana ubu irimo irasohozwa mu buryo bwuzuye kandi igaragazwa muri buri umwe wese muri twe.
Turishimye cyane kandi turashimira Uwiteka kubwo kuba twitwa insuzugurwa ndetse n’amaburo afite inzira zisa nk’izitamenyerewe. Ariko tuzi Uwo inzira zacu zihura nawe, ndetse n’abo turibo: Umugeni w’Inzira z’Amakasete y’Imana; kandi arimo aradukururira kuri We Ubwe, turimo turagenda twomatana mu gihe duhinduka UMWE NA WE, Yesu Kristo uko yari ejo hashize, niko ari uyu munsi, ndetse n’iteka.
Twasatuye mu gitwikirizo maze twinjira mu Nkingi y’Umuriro kandi twasohokanye imigisha y’Imana ! Abantu ntibashobora kubibona. Ntibashobora kubisobanukirwa. Ariko kuri twe,ni ibigaragara, kubera ko turi mu mwuka umwe n’Umuhanzi wacu ndetse n’Umuyobozi. Ni Ijwi ry’Imana ku makasete riyobora Umugeni Wayo.
Uwo umwe wamanutse ku munsi wa Pantekote ni Umwuka Wera umwe urimo wigaragaza uyu munsi; tuva mu bwiza, tujya mu bundi bwiza, tujya mu bundi,maze tugasubira ku mbuto y’umubatizo w’Umwuka Wera, hamwe n’ibimenyetso bimwe, ibitangaza bimwe, umubatizo umwe, abantu bamwe bari gukora mu buryo bumwe, hamwe n’imbaraga zimwe, amarangamutima amwe. Ni ukuva mu bwiza tujya mu bundi.
Twagarutse ku Mbuto y’umwimerere hamwe n’umubatizo w’Umwuka Wera. Ibimenyetso bimwe, ibitangaza bimwe, umubatizo umwe, ubwoko bumwe bw’abantu, bakora mu buryo bumwe, hamwe n’imbaraga zimwe, no kwiyumvayumva kumwe.
TURI UGUTUNGANA KWE, ABAGARUWE BYUZUYE, UMUGENI JAMBO W’AMAKASETE!
Turi abarimo kunesha. Abasigaye. Abahagaze. Babeshejweho n’Ijambo Rye ritunganye ariryo ryagaruwe kubw’Umugeni We. Ridutunganya umunsi ku munsi. KWIZERA Kwacu kwageze ku rwego rwo hejuru kubwo kumenya ABO TURIBO, kandi ni:
Ibidakemangwa, Sibyo kwigwaho kandi ni hejuru ya byose, NI IBITAGIRA INSHINGANO.
Urashaka kuba uwishimye kurusha uko waba warigeze uba? Urashaka kuba unyuzwe inshuro 1000% ko ibyo wumva ari Uku Niko Uwiteka Avuze? Urashaka gutunganywa n’Ijambo ry’Imana?
Noneho ndagutumira kuza kwiyunga natwe, Ingando ya Branham, kuri iki Cyumweru I Saa Sita z’Amanywa, ku isaha y’I Jeffersonville, mu gihe twumva Ijwi ry’Imana rivugana natwe ku Magambo y’Ubugingo Buhoraho: Imana Ikomeye Itwikuruwe Imbere Yacu 64-0629.
Mu gihe cy’iyo myaka yose, Ibyo nabihishe mu mutima wanjye, mpishe (ntwikiriye) Kristo, ya Nkingi imwe y’Umuriro isobanura Ijambo, nk’uko byasezeranyijwe.
Ndabizi ko ibi bigiye kumvikana nabi ku bantu benshi, ariko mubashije kwihanganira marayika w’Imana akanya gato, maze mugasaba Imana Guhishurirwa kuruseho, nizera ko we, kubwo gufashwa n’Imana hamwe n’Ijambo Ryayo, ndetse bikurikije Ijambo Ryayo, azamuzana hano imbere yanyu. Imana, yitwikuruye kandi Ikigaragaza Ubwayo, isobanura kandi ihishura Ijambo Ryayo.
Mbega ububyutse bwabayeho muri uku kwezi gushize mu Mugeni wa Yesu Kristo. Imana, yitwikurura Ubwayo kuruta uko byigeze biba mbere, Ivugana n’Umukundwa Wayo, Igirana urukundo na We, Imwemeza neza ko We, Twe turi Umwe na We.
Nta gutinya guhari, nta gukekeranya, nta kwifata, habe n’agacu ko gushidikanya; Imana yaduhishuriye ko: Ijwi ry’Imana rivuga ku makasete ari INZIRA YATANZWE N’IMANA KANDI ITUNGANYE KUBW’UMUGENI WAYO UYU MUNSI.
Yatanze iyi nzira kugira ngo bitazadusaba kuyungurura, kubitangaho umucyo, gusobanura, habe no kugira ngo umuntu wese abifate uko yiboneye; ahubwo mwumve Ijwi ry’Imana ritunganye rivugana natwe umunwa kugutwi.
Yaribizi ko iki gihe kizaza. Yaribizi ko Umugeni Wayo yagombaga kurya gusa Manu Yahishwe, Ibyo Kurya by’Intama Byayo. Ntabwo twakwifuza kumva ikindi kintu uretse Ijwi ry’Imana rivuye ku Mana Ubwayo.
Twasatuye muri icyo gitwikirizo twinjira mu Bwiza bwa Shekina. Isi ntabwo ishobora kubibona. Umuhanuzi wacu ashobora kuba ataravugaga amagambo neza. Ashobora kuba atari yambaye neza. Ashobora kuba atari yambaye imyambaro myiza ya cyihayimana. Ariko inyuma y’urwo ruhu rw’umuntu, mu imbere aho hari Ubwiza bwa Shekina. Mu imbere aho harimo imbaraga. Imbere aho harimo Ijambo. Imbera aho harimo imitsima yo kumurikwa. Aho mu imbere harimo Ubwiza bwa Shekina, ari wo Mucyo ukomeza Umugeni.
Kandi kugeza igihe uzinjira aho inyuma y’ako gahu ka gasamunyiga, kugeza ubwo uzasohoka inyuma y’urwo ruhu rwawe rushaje, muri ibyo bitekerezo bishaje, iyo mihango yawe ya kera maze ukinjira mu bwiza bw’Imana; nibwo Ijambo rizahinduka rizima kuri wowe by’ukuri,noneho nibwo uzasobanukirwa Ubwiza bwa Shekina, nibwo Bibiliya izahinduka Igitabo gishya, noneho Yesu akaba ari uko yari ejo hashize, uyu munsi ndetse n’iteka ryose. Ugatura mu Bwiza Bwe, murya umutsima umuritswe watuwe uwo munsi ku bw’abizera bonyine, ku bw’abatambyi bonyine. “Kandi turi abatambyi, ubutambyi bwa cyami, ishyanga ryera, ubwoko bwihariye, butura Imana ibitambo by’umwuka.” Ariko ikibakwiye ni ukwinjira, kugera inyuma y’igikingiriza, ngo tubone Imana ihishutse. Kandi Imana yarahishutse: iryo ni Ijambo Ryayo rigaragajwe.
Turi intamenyekana ku b’isi, ariko turanyuzwe kumenya uwo Ivisi yacu ari we kandi dutewe ishema no kuba amaburo yo kuri kasete Ye, dufite inzira zihura n’Ijambo Rye, nkuko bidukururira kuri We.
Niba mudafungiwe ku makasete, nta kintu muricyo uretse ikirundo cy’ibyuma bijegera!!!
Mu by’ukuri, mwitegereze rero, Imana! Yesu yavuze ko abo Ijambo ry’Imana ryajeho biswe imana: bari abahanuzi. Nyamara, umuntu ubwe ntiyari Imana, ndetse n’umubiri wa Yesu Kristo ntiwari Imana. Yari Umuntu, kandi Imana yari yihishe muri We.
Imana, igihe kimwe yihishe inyuma y’impu za tahashi. Imana, igihe kimwe yihishe inyuma y’umubiri w’umuntu witwa Melikisedeki. Imana, yihishe mu muntu witwa Yesu. Imana, yihishe mu muntu witwa William Marrion Branham. Imana yihishe mu mubiri w’umuntu witwa UMUGENI WAYO.
Ni ingenzi cyane kubyibuka, ariko abenshi barananiwe kandi barimo barashaka ikindi kintu. Ikintu cya nyuma Abraham yabonye, ikintu cya nyuma cyabayeho mbere y’uko umuriro umanuka kandi isi y’abanyamahanga bagacirwa urubanza, mbere y’uko umwana wasezeranwe yinjira mu murimo, ikintu cya nyuma itorero rya gikristo rizabona kugeza kugaragara kwa Yesu Kristo ni Melikisedeki, Imana yiyerekanye mu mubiri, ihishura Ijambo Ryayo ku Mugeni Wayo
Nta kindi kigomba kuza. Nta kindi kintu cyasezeranwe mu Ijambo Ryayo. Nta muntu, habe n’itsinda ry’abantu bazaza kugira ngo batunganye Umugeni.
Oya. Bifuza kuza aha ku itorero kubwo gutunganywa. Murabona? Aha ku itorero, twebwe – dufitanye ubusabane bamwe ku bandi, ariko ugutunganywa guturuka ku mushyikirano hagati y’Imana na twe. Ni amaraso ya Kristo adutunganya kubw’Umwuka Wera.
Ubu butumwa, Iri Jwi, Ijambo ry’Imana rihamirijwe, ni uguhamiriza Umugeni wa Yesu Kristo.
Ndagutumira kugira ngo uze wumvire hamwe natwe Ijwi ry’Imana mu gihe ritunganya Umugeni Wayo kuri iki Cyumweru I Saa Sita z’amanywa ku Isaha y’I Jeffersonvile, mu gihe twumva : 64-0617 “Kristo Ugaragajwe Mu Bisekuru Byose”.
Mwene Data Joseph Branham
Ibyanditswe byo gusoma mbere yo kumva Ubutumwa:
Gutegeka kwa Kabiri 18:15 Uwiteka Imana yawe izabahagurukiriza umuhanuzi umeze nkanjye ukomotse hagati muri mwe, muri bene wanyu, azabe ari we mwumvira.
Malaki 3:1-6 Dore nzatuma integuza yanjye, izambanziriza intunganyirize inzira. Umwami mushaka azāduka mu rusengero rwe, kandi intumwa y’isezerano mwishimana dore iraje. Ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga. Ni nde uzabasha kwihangana ku munsi wo kuza kwe? Kandi ni nde uzahagarara ubwo azaboneka? Kuko ameze nk’umuriro w’umucuzi, n’isabune y’abameshi. Kandi azicara nk’ucura ifeza akayitunganya akayimaramo inkamba, azatunganya abahungu ba Lewi, abacenshure nk’uko bacenshura izahabu n’ifeza, maze bazature Uwiteka amaturo bakiranutse. Maze amaturo y’i Buyuda n’i Yerusalemu azanezeze Uwiteka, nk’uko yamunezezaga mu minsi ya kera no mu myaka yashize. Kandi nzabegera nce urubanza, nzabanguka gushinja abarozi n’abasambanyi n’abarahira ibinyoma, n’abima abakozi ibihembo byabo, bakarenganya abapfakazi n’impfubyi, bakagirira nabi umunyamahanga kandi ntibanyubahe. Ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga. Kuko jyewe Uwiteka ntabwo mpinduka, ni cyo gituma abahungu ba Yakobo mutamarwaho.
Luka 17:28-30 No mu minsi ya Loti na yo byari bimeze bityo: bararyaga, baranywaga, baraguraga, barabibaga, barubakaga, maze umunsi Loti yavuye i Sodomu, umuriro n’amazuku biva mu ijuru biragwa, birabarimbura bose. Ni na ko bizamera umunsi Umwana w’umuntu azabonekeraho.
Yohana 1:1 Mbere na mbere hariho Jambo; Jambo uwo yahoranye n’Imana kandi Jambo yari Imana.
Yohana 4:1-30 Nuko Umwami Yesu amenya yuko Abafarisayo bumvise ko yigisha kandi abatiza benshi, arusha Yohana, (icyakora Yesu ubwe si we wabatizaga, ahubwo ni abigishwa be), ni cyo cyatumye ava i Yudaya agasubira i Galilaya, yiyumvamo ko akwiriye kunyura i Samariya. Nuko agera mu mudugudu w’i Samariya witwa Sukara, bugufi bw’igikingi Yakobo yahaye umwana we Yosefu, kandi aho hari iriba rya Yakobo. Nuko Yesu ananijwe n’uko yagenze cyane apfa kwicara kuri iryo riba, hari nk’isaha esheshatu. Umusamariyakazi aza kuvoma, Yesu aramubwira ati “Mpa utuzi two kunywa”, (kuko abigishwa be bari bagiye mu mudugudu kugura ibyo kurya.) Umusamariyakazi aramusubiza ati “Ko uri Umuyuda nkaba Umusamariyakazi, uransaba amazi ute?” Icyatumye abaza atyo ni uko Abayuda banenaga Abasamariya. Yesu aramusubiza ati “Iyaba wari uzi impano y’Imana, ukamenya n’ugusabye amazi uwo ari we, nawe uba umusabye na we akaguha amazi y’ubugingo.” Undi ati “Databuja, ko udafite icyo uvomesha n’iriba rikaba ari rirerire, none se ayo mazi y’ubugingo wayakura he? Mbese ye uruta sogokuruza Yakobo wadufukuriye iri riba, kandi akaba yaranywaga amazi yaryo ubwe n’abana be n’amatungo ye?” Yesu aramusubiza ati “Umuntu wese unywa aya mazi azongera kugira inyota, ariko unywa amazi nzamuha ntazagira inyota rwose iteka ryose, ahubwo amazi nzamuha azamuhindukiramo isoko y’amazi adudubiza kugeza mu bugingo buhoraho.” Umugore aramubwira ati “Databuja, mpa kuri ayo mazi ntazagira inyota, kandi ntazagaruka kuvoma hano kuko ari kure.” Yesu aramubwira ati “Genda uhamagare umugabo wawe maze ugaruke hano.” Umugore aramusubiza ati “Nta mugabo mfite.” Yesu aramubwira ati “Uvuze ukuri yuko udafite umugabo, kuko wari ufite abagabo batanu, n’uwo ufite ubu si uwawe. Ibyo byo ubivuze ukuri.” Umugore aramubwira ati “Databuja, menye yuko uri umuhanuzi. Ba sogokuruza bacu basengeraga kuri uyu musozi, namwe mukagira ngo i Yerusalemu ni ho hakwiriye gusengerwa.” Yesu aramusubiza ati “Mugore, nyizera. Igihe kizaza, ubwo bazaba batagisengera Data kuri uyu musozi cyangwa i Yerusalemu. Dore mwebweho musenga icyo mutazi, ariko twebwe dusenga ibyo tuzi kuko agakiza kava mu Bayuda. Ariko igihe kiraje ndetse kirasohoye, ubwo abasenga by’ukuri basengera Data mu Mwuka no mu kuri, kuko Data ashaka ko bene abo ari bo bamusenga. Imana ni Umwuka, n’abayisenga bakwiriye kuyisengera mu Mwuka no mu kuri.” Umugore aramubwira ati “Nzi yuko Mesiya azaza, ari we witwa Kristo, kandi ubwo azaza azatubwira byose.” Yesu aramubwira ati “Ni jye tuvugana.” Uwo mwanya abigishwa be baraza batangazwa n’uko avugana n’uwo mugore, ariko ntihagira umubaza ati “Urashaka iki?” Cyangwa ati “Ni iki gitumye uvugana na we?” Nuko uwo mugore asiga ikibindi cye, aragenda ajya mu mudugudu abwira abantu ati Nimuze murebe umuntu umbwiye ibyo nakoze byose, murebe ahari ko ari Kristo! Bava mu mudugudu ngo baze aho ari.
Yohana 8:57-58 Abayuda baramubwira bati “Ko utaramara imyaka mirongo itanu, Aburahamu wamubonye ute?” Yesu arababwira ati “Ni ukuri, ni ukuri, ndababwira yuko Aburahamu ataravuka, ndiho.”
Yohana 10:32-39 Yesu arababwira ati “Naberetse imirimo myinshi myiza yavuye kuri Data, noneho ni uwuhe murimo muri yo ubatera kuntera amabuye?” Abayuda baramusubiza bati “Ku bw’imirimo myiza ntitugutera amabuye, ahubwo tuguhora kwigereranya, kuko uri umuntu ukigira Imana.” Yesu arabasubiza ati “Ntibyanditswe mu mategeko yanyu ngo Navuze ngo: Muri imana’? Nuko ubwo yabise imana, abo ijambo ry’Imana ryajeho kandi ibyanditswe bitabasha gukuka, mubwirira iki uwo Data yejeje akamutuma mu isi muti Wigereranije’, kuko navuze nti Ndi Umwana w’Imana’? Niba ntakora imirimo ya Data ntimunyizere. Ariko ninyikora, nubwo mutanyizera mwizere imirimo ubwayo, kugira ngo mumenye neza yuko Data ari muri jye, nanjye nkaba ndi muri Data.” Nuko bongera gushaka kumufata, ariko abava mu maboko.
Abaheburayo 1:1 Kera Imana yavuganiye na ba sogokuruza mu kanwa k’abahanuzi mu bihe byinshi no mu buryo bwinshi,
Abaheburayo 13:8 Yesu Kristo uko yari ari ejo, n’uyu munsi ni ko ari kandi ni ko azahora iteka ryose.
Ibyahishuwe 22:19 Kandi nihagira umuntu ukura ku magambo y’igitabo cy’ubu buhanuzi, Imana izamukura ku mugabane wa cya giti cy’ubugingo no ku wa rwa rurembo rwera, byanditswe muri iki gitabo.”
Ntabwo tukiri inyuma y’igitwikirizo ukundi, Bana bato, Imana yarihishuye mu buryo bugaragara imbere yacu. Imana ikomeye y’Ijuru n’isi, Iyo yagiye yihisha abantu b’ibihe byose iri mu Nkingi y’Umuriro yaraje ivuye mu Mana maze yinjira mu mubiri wo ku isi witwa Yesu; hanyuma yongera gusubira mu Nkingi y’Umuriro nuko ibonekera Pawulo mu nzira ijya i Damasiko, yongeye kwiyerekana mu buryo bugaragara maze yongera gutura mu mubiri w’umuntu muri marayika Wayo Intumwa, William Marrion Branham, ihamagara Umugeni kuri Yo Ubwayo.
Imana yashyizeho marayika Wayo ku isi kugira ngo ayihagararire nk’amabasaderi Wayo usizwe wo kwinjira mu iby’indengakamere bitazwi. Ararondora akazana ibintu ubwenge busanzwe budashobora kugira na kimwe bumenyaho. Yashyizweho kugira ngo azane ubwiru bw’Imana kandi avuge mbere ibiriho biba, ndetse n’ibyabayeho, n’ibizabaho. We ni Ijwi ry’Imana ku Mugeni.
Ni ibiki? Imana, Imana mu mibiri, umubiri wa kimuntu. Ukuri kudashidikanywaho.
Abanegura benshi uyu munsi ntibashobora kudusobanukirwa twe abizera b’ukuri. Kuri bo, twahindutse abadafite icyo bavuze. Bavuga ko turi abizera ibyo kugira abantu imana kandi tukaba turamya umuhanuzi…
Hashize igihe gito umuneguranyi umwe yambwiye, hariya i Tucson ati: “Urabizi, bamwe bagufata nk’umusazi, na ho abandi bakagufata nk’imana.” Ndavuga nti: “Mu by’ukuri, aba bari mu kuri.” Nari nzi ko yashakaga kunegura. Murabona? Avuga ati: “Abantu batekereza ko uri imana.”
Nkuko byari bimeze mu gihe cya Yesu igihe yari hano ku isi, niko bimeze uyu munsi hamwe n’umuhanuzi Wayo. Abantu ntabwo bakiri inyuma y’igitwikirizo; bahumishijwe ku kuri. Nta kindi dushaka uretse inzira yateguwe n’Imana kubw’uyu munsi: Yo Ubwayo yihishe mu mubiri, Ijwi ry’Imana iryo ryafashwe amajwi maze rigahunikwa kubw’Umugeni.
Twe gusa twafatanijwe n’Ijambo. Ubutumwa bw’igihe. Ryatugize Ijambo ritwikiriye inyuma y’uruhu rw’umuntu. Umugeni n’Umukwe ni umwe. Imana ni imwe, kandi Ijambo ni Imana! Twafatanijwe n’Ijambo.
Ikibabaje, gutandukana hagati mu bizera uyu munsi guterwa ni uko bumva ko twita cyane ku muhanuzi w’Imana wahamirijwe. Ku bihabanye n’ibyo bashaka gushyira ubwo buyobozi ku bapasteri babo.
Imana ntabwo ijya ihindura gahunda Yayo; Yohereza UMUNTU UMWE kugira ngo ayobora Umugeni Wayo. Ni Umwuka Wera Wayo kuri buri umwe wese muri twe, utuyobora akoresheje INKINGI Y’UMURIRO.
Ijambo riza ku muntu umwe gusa. Muri buri gisekuru, niko byagenze, no mu bisekuruza by’itorero, kuva ku cya mbere kugeza ku cya nyuma. Abandi bagize umwanya wabo, ni ukuri, mwitegereze, ariko muhagarare kure y’iyo Nkingi y’Umuriro. Murabona?
ARIKO NI IKI TWUMVA UYU MUNSI… ICYO KINTU KIMWE
Muribuka icyo Dathan n’abandi bavuze, aho hakurya? Baravuze bati: “Noneho, Mose, itonde akanya gato, aho! Wiha ibintu byose, urabona? Noneho, hari abandi bantu aha Imana yahamagaye.”
Ntabwo turwanya ubukozi; Imana yarabahamagaye, ariko bene Data na bashiki bacu, niba pasteri wanyu adafata iryo Jwi ry’Imana nk’Ijwi ry’ingenzi cyane mugomba kumva binyuze mu kuvuza amakasete mu rusengero rwanyu, ntabwo arimo abayobora mu nzira yateguwe n’Imana.
Ibyo ni ukuri. Bo, buri wese muri bo yakurikiraga neza, igihe cyose bakurikiraga, ariko igihe umwe muri bo yagerageje kwishyira hejuru no gufata umwanya Imana yahaye Mose, – wari warabigenewe kandi akanashyirwaho ku bw’uwo murimo, – yagerageje kuwufata, umuriro waramanutse, wafunguye ubutaka kandi buhita bubamira uwo mwanya. Murabona? Murabona?
Dukwiriye twese komatana n’Ijambo ryavuzwe kandi rigashyirwa ku makasete. Icyo ni Ikidakuka cy’Imana. Iryo niryo Jambo ryonyine Umugeni yemeranya naryo. Ubukozi ntabwo buzigera bwunga Umugeni, ni Ijwi ry’Imana ryonyine riri ku makasete.
Nta cyo nashobora gukora ntabafite; nta cyo mwashobora gukora mutamfite, kandi nta cyo twashobora gukora ari nta Mana dufite. Rero, twese hamwe tugize ubumwe, imbumbe… Imana yantumye ku bw’intego. Mubyizere, kandi bizasohora. Ni byo, neza neza (Murabona?), bihamijwe mu buryo bwuzuye.
biri hamwe GUSA bikora UBUMWE, kwiyunga. Imana yohereje William Marrion Branham kubw’iyo mpamvu. Rero, niba GUSA ubyizeye, bizasohora; bihamirijwe mu buryo butunganye.
bashiki bacu na bene Data ntabwo ari njye urimo uvuga ibyo. NI IMANA IRIMO IVUGA IBYO INYURIYE MU MUHANUZI WAYO. Ntimukemere ko hagira umuntu ubabwira ibinyuranye nabyo cyangwa ngo abibasobanurire. IJWI RY’IMANA KU MAKASETE NIRYO RIZUNGA KANDI RIGATUNGANYA UMUGENI. IZINDI NZIRA ZOSE NTABWO UZIGERA UBA UMUGENI.
Ntekereza rero ko ari bimwe kuri benshi muri twe abakuru: Imana yihishe mu mubiri. Imana iri mu mubiri. Ibyo byagaragara nk’ubusazi imbere y’isi, ariko bimureherezaho abantu bose.
Ese muri kumva icyo arimo kuvuga? Imana ifite uruhu kuri yo irimo yikururiraho Abantu.
Mu gihe isi irimo yizirika ku bidafite agaciro, turimo turizirika ku Ijwi ry’Imana kandi twitwa Umugeni. Ririmo riradusohora muri ako kajagari, ritwinjiza Imbere y’Imana. Turi intamenyekana zaziritswe ku Ijambo ry’imana.,
Ngwino kandi uzirikwe ku Ijwi ry’Imana hamwe natwe kuri iki Cyumweru I Saa Sita z’Amanywa, ku isaha y’I Jeffersonville, mu gihe rikururira abantu bose kuri We.
Mwene Data Joseph Branham
Ubutumwa: Umusazi 64-0614E
Ibyanditswe:
1 Abakorinto 1:18-25 Ijambo ry’umusaraba ku barimbuka ni ubupfu, ariko kuri twebwe abakizwa ni imbaraga z’Imana, kuko byanditswe ngo”Nzarimbura ubwenge bw’abanyabwenge, N’ubuhanga bw’abahanga nzabuhindura ubusa.” Mbese none umunyabwenge ari he? Umwanditsi ari he? Umunyampaka wo muri iki gihe ari he? Ubwenge bw’iyi si Imana ntiyabuhinduye ubupfu? Kuko ubwo ubwenge bw’Imana bwategetse ko ab’isi badaheshwa kumenya Imana n’ubwenge bw’isi, Imana yishimiye gukirisha abayizera ubupfu bw’ibibwirizwa. Dore Abayuda basaba ibimenyetso naho Abagiriki bo bashakashaka ubwenge, ariko twebweho tubabwiriza ibya Kristo wabambwe. Uwo ku Bayuda ni ikigusha, ku banyamahanga ni ubupfu, ariko ku bahamagawe b’Abayuda n’Abagiriki ni Kristo, ari we mbaraga z’Imana kandi ni ubwenge bwayo, kuko ubupfu bw’Imana burusha abantu ubwenge, kandi intege nke z’Imana zirusha abantu imbaraga.
2 Abakorinto 12:11 Mpindutse umupfu ariko ni mwe mwabimpase, kuko ibyari bikwiriye ari uko mba narogejwe namwe. Dore za ntumwa zikomeye cyane nta cyo zandushije, nubwo nta cyo ndi cyo.
Ese twashobora kubitekerezaho! Ya Nkingi imwe y’Umuriro yaje kuri abo bantu banditse Bibiliya niyo Nkingi y’Umuriro imwe turimo twumva buri munsi, idusobanurira ubwiru bwose bwa Bibiliya: Ijambo ry’Imana Rigaragajwe!
Imana yihishe Ubwayo mu Bahanuzi Bayo ba kera kugira ngo ibabwire Amagambo Yayo. Icyo nicyo Yakoze icyo gihe. Ariko mu minsi yacu, umuhanuzi wacu, William Marrion Branham yari Ijambo rizima ku bantu, atwikiriwe n’Inkingi y’Umuriro
Gusigwa ni umuntu. Ijambo Kristo bishatse kuvuga umuntu usizwe, murabona, “uwasizwe”. Noneho, Mose yari Kristo mu gihe cye, yari uwasizwe. Yeremiya yari Kristo mu gihe cye, hamwe n’umugabane w’Ijambo ku bw’icyo gihe.
Nkuko byagiye bigenda mu bisekuru byose, Ubumana buhishe mu mubiri w’umuntu. Murebe, ni cyo Yakoze. Abahanuzi, bari Ubumana, buhishe. Bari Ijambo ry’Imana (Ese uko si ukuri?) rihishe mu mubiri w’umuntu. Rero, ntibanamenye Mose wacu, murabona, Yesu.
Ubu kuri twe ntabwo ari Ijambo ryanditse gusa, ahubwo ni ibifatika. Turi muri We. Ubu turanezerewe. Ubu turamwitegereza. Ubu turamureba, Jambo, wigaragaza Ubwe. Hanyuma tugahinduka igice Cye. Turi igitwikirizo kimutwikiriye. Turi igice Cye; igihe cyose Kristo ari muri wowe, nkuko Kristo yari uw’Imana.
Dutwikiriye Kristo mu ngando iri imbere mu mibiri yacu y’ubumuntu. Turi inzandiko zanditswe, Ijambo Ryanditse. Turi Ijambo ryanditswe, rigaragajwe.
Kandi iyo mubonye Ijambo rigaragajwe, muba mubonye Data, Imana, kubera ko Ijambo ari Data. Ijambo ni Imana. Kandi Ijambo rigaragajwe, ni Imana Ubwayo ifashe Ijambo Ryayo bwite maze ikarigaragaza mu bizera. Nta kindi gishobora kuribeshaho uretse abizera, abizera gusa.
Imana, yihishe mu mubiri w’umuntu, irimo kuvuga kandi Ikaduhishurira Ijambo Ryayo umunsi ku wundi. Imana mu mubiri w’umuntu ituye muri buri umwe muri twe.
Mwene Data Joseph Branham
Ubutumwa: 64-0614M “Imana Itwikuruwe” Igihe: Saa Sita z’Amanywa, ku Isaha y’I Jeffersonville *Mwibuke impinduka z’amasaha
Igihe kirageze ubwo umuntu wese agomba kwibaza ngo: “Igihe ndimo kumva amakasete, ni ijwi bwoko ki mba ndimo kumva? Ese aba ari ijwi rya William Marrion Branham, cyangwa mba numva Ijwi ry’Imana ry’igihe cyacu? Ese aba ari Ijambo ry’Umuntu, cyangwa mba ndimo kumva Uku niko Uwiteka Avuze? Ese nkeneye uza ngo ansobanurira ibyo ndimo numva, cyangwa se Ijambo ry’Imana ryaba rikeneye ubusobanuro?”
Igisubizo cyacu ni: Turimo kumva Ijambo Rivuzwe ryambaye umubiri. Turimo kumva Alpha na Omega. Turimo turamwumva We, Nkingi y’Umuriro, avuga anyuriye mu minwa y’umuntu nkuko Yavuze ko Yajyaga kubigenza mu minsi yacu.
Ntabwo twumva umuntu, twumva Imana, uko yari ejo niko ari uyu munsi, kandi niko azahora iteka. Ijwi ry’Imana rirabangutse, kandi rifite imbaraga kurusha inkota ikebera amugi yombi, rihinguranya amagufa, kandi rikarondora ibitekerezo biri mu mutima.
Byaraduhishuriwe ko icyo Yaricyo igihe Yagendaga I Galilaya nicyo Aricyo uyu mugoroba muri Jeffersonville; nicyo kintu kimwe Aricyo kuri Branham Tabernacle. Ni Ijambo ry’Imana rigaragajwe. Icyo Yaricyo icyo gihe, Nicyo Aricyo uyu mugoroba, kandi nicyo Azabacyo iteka. Icyo Yavuze ko Azakora, Yamaze kugikora.
Umuntu ntabwo ari Imana, ariko Imana iriho kandi ivugana n’Umugeni Wayo inyuriye mu muntu. Ntabwo dutinyuka kuramya umuntu, ariko turamya Imana iri muri uwo muntu; kuko ni uwo muntu Imana yatoranije ngo abe IJWI RYAYO kandi ngo ayobore Umugeni Wayo muri iyi minsi ya nyuma.
Kubera ko yaduhaye uku Guhishurirwa gukomeye kw’igihe cya nyuma, ubu dushobora kumenya ABO TURIBO, Ijambo ryambaye umubiri muri iyi minsi yacu. Satani ntabwo ashobora kudushuka, kubera ko tuzi ko turi Umugeni Jambo umwari wagaruwe mu buryo bwuzuye.
Ririya Jwi ryaratubwiye ngo: Ibyo dukeneye byose TWAMAZE kubihabwa, ntabwo dukeneye gutegereza. Byaravuzwe, ni IBYACU, NITWE BENE BYO. Satani nta mbaraga afite kuri twe; yaratsinzwe.
Ni ukuri, Satani ashobora kuduteza uburwayi, umuhangayiko, no kurwara umutima. Ariko Data yamaze kuduha ubushobozi bwo KUBYIRUKANA… TUVUGA IJAMBO GUSA, kandi agomba kugenda… atari ukubera ko twe tuvuze dutyo, ahubwo kubera ko IMANA ARI UKO YAVUZE.
Imana imwe yaremye udukima, mu gihe nta dukima twari duhari. Iyo yahaye Mushiki wacu Hattie icyifuzo cy’umutima we: abahungu be babiri. Iyo yakijije ikibyimba Mushiki wacu Branham mbere y’uko ikiganza cya dogiteri kimukoraho. Niyo MANA IMWE atari ukuba iri kumwe natwe gusa, AHUBWO IBA KANDI ITUYE MURI TWE. TURI IJMABO RYAMBAYE UMUBIRI.
Igihe dushaka kandi tukumva Ijwi riri ku makasete, tubona kandi twumva Imana yihishura Ubwayo mu mubiri w’umuntu. Tubona kandi tukumva uwo Imana yohereje kutuyobora ngo atujyane mu Gihugu cy’isezerano. Tuzi neza ko ari Umugeni gusa uzagira iryo Hishurirwa, niyo mpamvu twahindutse abatagira ubwoba. Nta mpamvu yo guhagarika umutima, yo kwiheba, yo kugira umunabi, no kwibaza cyangwa gutinya… TURI UMUGENI.
Tega amatwi wumve, kandi ubeho, mwene Data, ubeho! tega amatwi Yesu ubu kandi ubeho Kubera ko byafashwe amajwi ku makasete, halleluya! Niyo yonyine twumva maze tukabaho.
Oh, Mugeni wa Yesu Kristo, mbega umunsi ukomeye turi kubamo. Mbega icyo dutegereje, umunota ku munota. Umunsi uwo ariwo wose tugiye kujya kureba abo dukunda, noneho, mu kanya gato nk’ako guhumbya no guhumbura, tuzaba tuvuye hano kandi tuzaba turi kumwe nabo kurundi ruhande. Biregereje cyane bisa nkaho dushobora kubyiyumvamo… ICYUBAHIRO KIBE ICY’UWITEKA!
Ngwino Mugeni, reka twiyunge hamwe indi nshuro tuzengurutse Ijwi ry’Imana kuri iki Cyumweru I Saa Sita z’amanywa ku isaha y’I Jeffersonville, mu gihe tumwumva We atubwira Ijambo ry’Ubugingo Buhoraho.
Mwene Data Joseph Branham
Ubutumwa: 63-1229E Gutumbira Yesu
Ibyanditswe:
Kubara 21: 5-19 Abantu bavuga Imana na Mose nabi bati “Mwadukuriye iki muri Egiputa mukatuzana gupfira mu butayu? Ko ari nta mitsima tuhaboneye, akaba ari nta mazi, kandi tubihiwe n’iyi mitsima mibi.” Uwiteka yohereza mu bantu inzoka z’ubusagwe butwika zirabarya, abantu benshi bo mu Bisirayeli barapfa. Abantu basanga Mose baramubwira bati “Twakoze icyaha, kuko twavuze Uwiteka nawe nabi. Saba Uwiteka adukuremo izi nzoka.” Mose arabasabira. Uwiteka abwira Mose ati “Cura inzoka isa n’izo, uyimanike ku giti cy’ibendera, maze uwariwe n’inzoka wese nayireba, arakira.” Mose acura inzoka mu miringa, ayimanika ku giti cy’ibendera, uwo inzoka yariye yareba iyo nzoka y’umuringa, agakira. Abisirayeli barahaguruka, babamba amahema muri Oboti. Bahaguruka muri Oboti, babamba amahema Iyabarimu, iri mu butayu bw’iruhande rw’iburasirazuba rw’i Mowabu. Barahahaguruka, babamba amahema mu gikombe cy’i Zeredi. Barahahaguruka, babamba amahema hakurya y’umugezi wa Arunoni, uri mu butayu ugaturuka mu gihugu cy’Abamori, kuko Arunoni ari urugabano rw’i Mowabu, rugabanya Mowabu n’Abamori. Ni cyo cyatumye byandikwa mu gitabo cy’Intambara z’Uwiteka ngo “Vahebu y’i Sufu, N’utugezi twa Arunoni, N’umukoke w’utugezi Ugenda werekeje ku mazu ya Ari, Ugahererana n’urugabano rw’i Mowabu.” Barahahaguruka bajya i Bēri. Iryo ni ryo riba Uwiteka yabwiye Mose ati “Teranya abantu mbahe amazi.” Maze Abisirayeli baririmba iyi ndirimbo bati “Dudubiza Riba, nimuriririmbe. Iri ni iriba ryafukuwe n’abatware, Iry’imfura z’abantu bafukurishije inkoni y’icyubahiro N’ingegene zabo.” Bahaguruka muri ubwo butayu bajya i Matana, barahahaguruka bajya i Nahaliyeli, barahahaguruka bajya i Bamoti.
Yesaya 45: 22 Nimumpugukire mukizwe, mwa bari ku mpera z’isi mwese mwe, kuko ari jye Mana nta yindi ibaho.
Zekariya 12: 10 Kandi nzasuka ku nzu ya Dawidi no ku baturage b’i Yerusalemu umutima w’imbabazi n’uwo kwinginga. Bazitegereza jyewe uwo bacumise, bazamuborogera nk’uko umuntu aborogera umwana we w’ikinege, bazamuririra bashavure, nk’uko umuntu agirira umwana we w’imfura ishavu.
Yohana 14:12 Ni ukuri, ni ukuri, ndababwira yuko unyizera, imirimo nkora na we azayikora ndetse azakora n’iyiruta, kuko njya kwa Data.
Mwami, ni buryo ki twasobanuramo icyo aya magambo atandatu asobanuye kuri twe, Umugeni wa Yesu Kristo? Ni Uguhishurirwa k’Ubutumwa bw’igihe kuri twe. Ni Imana irimo kuvuga inyuriye muri marayika Wayo intumwa Ibwira Umugeni Wayo ngo, “Ndabizi ko muzagumana n’Ijwi Ryanjye. Nzi icyo Ijambo Ryanjye kuri izi kasete risobanuye kuri mwe. Ndabizi ko muzagira Guhishurirwa ko ubu Butumwa Navuze ku makasete ari Ikimenyetso Cyanjye kubw’uyu munsi.”
“Nashyize Ijwi Ryanjye kuri aya makasete y’imigozi; kubera ko ubu Butumwa bugomba kubumbira hamwe Ijambo ryose. Hazaba ibihumbi gukuba ibihumbi bazumva Ijwi Ryanjye ku makasete kandi bazagira Guhishurirwa ko uyu ari umurimo Wanjye. Ni Umwuka Wera uyu munsi. Ni Ubutumwa bw’Ikimenyetso.”
Ni igihe aho buri muntu agomba kwigenzura kandi akibaza ubwe, ni iyihe nzira y’Imana itunganye uyu munsi? Ijambo ry’umuhanuzi ntiryigeze rinanirwa na rimwe. Ryarahamirijwe ko ariryo kuri RYONYINE, nicyo kintu CYONYINE kizunga Umugeni Wayo.
Buri kintu cyose yavuze cyagenze neza neza nkuko yakivuze. Inkingi y’Umuriro iracyari hano hamwe natwe. Ijwi ry’Imana riracyavugana natwe ku makasete. Umuhanuzi yatubwiye ko Imana izatunyuraho igihe Izabona Ikimenyetso. Ni igihe cyo kumaramaza kuri bose ngo bajye munsi y’Ubutumwa bw’Ikimenyetso
Twabonye Ukuboko gukomeye kw’Imana muri iki gihe cya nyuma. Yaduhaye Uguhishurirwa k’ukuri kw’Ijambo Ryayo kandi kwaje munsi y’ibiranga Ikimenyetso. Noneho, mu gihe turi munsi y’ibiranga Ikimenyetso, reka tujye hamwe maze dufate Ifunguro Ryera mu kumaramaza; kubera ko tuzi ko Imana irimo itegura gukubitisha urubanza.
Ndifuza gutumira buri wese muri mwe kugira ngo yumve kandi afate Igaburo Ryera hamwe n’Umurimo wo Kozanya Ibirenge kuri iki Cyumweru, mu gihe twumva Ubutumwa: Kumaramaza 63-0901E.
Ubutumwa n’Amateraniro y’Igaburo Ryera araba arimo gutambuka kuri Radiyo Ijwi guhera Saa Kumi n’Imwe z’umugoroba. Ku isaha y’I Jeffersonville. Nyamuneka niba mubishaka mushobora kugira amateraniro yanyu Saa Kumi n’Imwe z’Umugoroba ku isaha y’Iwanyu, kuko mbizi ko bizagora benshi bo mu bizera bo hakurya y’inyanja gutangira amateraniro yanyu kuri iriya saha. Haraba hari umurongo wo kumanuriraho inyandiko z’amateraniro
Mwene Data Joseph Branham
Ibyanditswe byo gusoma mbere y’Amateraniro:
Kuva 12:11 Uku abe ari ko muzazirya: muzazirye mukenyeye, mukwese inkweto, mwitwaje inkoni, muzazirye vuba vuba. Iyo ni yo Pasika y’Uwiteka.
Yeremiya 29:10-14
Ahubwo Uwiteka aravuga ati “Imyaka mirongo irindwi yahanuriwe i Babuloni nishira nzabagenderera, mbasohozeho ijambo ryanjye ryiza rituma mugaruka ino. Erega nzi ibyo nibwira nzabagirira! Ni amahoro si bibi, kugira ngo mbareme umutima w’ibyo muzabona hanyuma. Ni ko Uwiteka avuga. Kandi muzanyambaza, muzagenda munsenga nanjye nzabumvira. Muzanshaka mumbone, nimunshakana umutima wanyu wose. Nzabonwa namwe, ni ko Uwiteka avuga, kandi nzagarura abanyu bajyanywe ari imbohe, nzabakoranya mbakuye mu mahanga yose n’ahantu hose, aho nari narabatatanyirije, ni ko Uwiteka avuga, kandi nzabagarura aho nabakuje mukajyanwa muri imbohe.”
Luka 16:16 Amategeko n’abahanuzi byabayeho kugeza igihe cya Yohana, uhereye icyo gihe ni ho ubutumwa bwiza bw’ubwami bw’Imana bwigishirijwe, umuntu wese arabutwaranira.
Yohana 14:23 Yesu aramusubiza ati “Umuntu nankunda azitondera ijambo ryanjye, na Data azamukunda, tuzaza aho ari tugumane na we.
Abagalatiya 5:6 Muri Kristo Yesu gukebwa nta cyo kumaze cyangwa kudakebwa, ahubwo ikigira icyo kimaze ni ukwizera gukorera mu rukundo.
Imana niyo munezero wacu. Imana niyo mbaraga zacu. Kubwo kumenya ubu Butumwa, kubwo kumenya ko ari ko Kuri konyine, kubwo kumenya ko ari Ikimenyetso, ibyo birahagije, ariko nyamara kigomba gushyirwaho.
Umuhanuzi yaravuze ngo ubu Butumwa ni Ikimenyetso kubw’uyu munsi. Ubu Butumwa ni Umwuka Wera. Niba hari Ihishurirwa ry’Ubutumwa ufite ushobora kubona mu buryo bweruye isaha turi kubamo. Rero benshi baravuga ngo, “Ndabyizera. Imana yohereje umuhanuzi. Ni Ubutumwa bw’igihe,” ariko bakirata bavuga ko ntabyo bakora, kandi ko batazigera babikora, gucuranga iryo Jwi nyirizina ry’Ikimenytso mu nsengero zabo.
Ese Imana ntiyavugiye muri marayika Wayo ukomeye kandi icyo Yavuze nicyo yashakaga kuvuga. Yatubwiye ko azatwigisha binyuze mu bishushanyo n’ibicucu. Muri ubu Butumwa umuhanuzi ajya kure mu kutubwira icyo Rahabu n’umuryango we bakoze kugira ngo BAROKOKE, kugira ngo bahinduke Umugeni. Agaragaza neza icyo Rahabu yakoze.
Igihe abasore b’amakasete bacuranze “KASETE”… Tegereza akanya gato, ni iki intumwa yakoze? Yacuranze Kasete. Noneho ni iki Rahabu yakoze? Yahinduye urugo rwe ITORERO RY’AMAKASETE. Ntabwo yari atewe isoni no kuvuga ngo, “Murabona kariya gatambaro gatukura, biriya bisobanura ko ndi ITORERO RY’AMAKASETE”
Mutekereza ko iyo ajya kuba yaravuze ngo, “Yego, nizera intumwa n’Ubutumwa, ariko ntabwo tuzigera ducuranga Amakasete mu nsengero zacu. Mfite pasteri wavuze OYA, we agomba kubwiriza kandi agasubiramo icyo amakasete yavuze.” Mutekereza ko yajyaga kurokoka…???
Yashyizeho ikimenyetso, kandi inzu ye irarokoka, naho ubundi yagombaga kurimbukira hepfo aho yari ari.
Mwumvise benshi mu babwiriza batanga impamvu kubijyanye no gucuranga amakasete, ariko hafi ya bose baravuga ngo, “umuhanuzi ntabwo yigeze avuga ko tuzacuranga amakasete mu rusengero.”
Mwene Data na Mushiki wacu, ndakwinginze, ntabwo ndimo kuvuga ko umupasteri atabwiriza ubu Butumwa, cyangwa ko byaba ari amakosa aramutse abikoze. Mu buryo bwanjye, ndimo ndabwiriza ubu binyuze muri uru rwandiko, ariko fungura umutima wawe maze wumve icyo umuhanuzi arimo kuvuga kandi atuburira kuri byo. Niba uri pasteri ukaba utajya, cyangwa utazigera, ucuranga amakasete mu rusengero rwawe kubwo gutanga impamvu runaka; icyo byaba biricyo cyose, bikurikije Ijambo, uko wavuga kose ko wizera Ubutumwa bw’igihe, nkurikije icyo nizera ko Ijambo rivuga, Ikimenyetso, Ubutumwa bw’iyi saha, ntabwo urimo kugishyiraho.
Kuri iki Cyumweru, ndagutumira ngo wumvire hamwe na Branham Tabernacle I saa Sita z’amanywa, ku isaha y’I Jeffersonville, Ubutumwa : Ikimenyetso 63-0901M. Niba udashobora kwifatanya natwe, ucurange Ubutumwa ubwaribwo bwose bw’Ikimenyetso, kandi ugishyireho.
Mwene Data Joseph Branham
Ibyanditswe byo gusoma mbere yo kumva Ubutumwa:
Yosuwa igice cya 12
Aba ni bo bami b’ibihugu Abisirayeli barwanije bagahindūra ibihugu byabo hakurya ya Yorodani iburasirazuba, uhereye ku kibaya cya Arunoni ukageza ku musozi wa Herumoni, no muri Araba yose iburasirazuba.
Igihugu cya Sihoni umwami w’Abamori wabaga i Heshiboni, agatwara Aroweri mu ruhande rw’ikibaya cya Arunoni n’umudugudu wari hagati mu kibaya, n’igice cy’i Galeyadi kugeza ku mugezi Yaboki mu rugabano rw’Abamoni.
Kandi uhereye muri Araba ukageza ku ruzi rwa Kinereti iburasirazuba no ku nyanja ya Araba, ari yo Nyanja y’Umunyu mu nzira y’iburasirazuba ijya i Betiyeshimoti urugabano rwacyo rw’iruhande rw’ikusi rwanyuraga munsi y’imirenge y’imisozi Pisiga.
Kandi ahindūra n’igihugu cya Ogi umwami w’i Bashani wo mu Barafa bacitse ku icumu, babaga muri Ashitaroti no muri Edureyi.
Ni we watwaraga umusozi wa Herumoni n’i Saleka n’i Bashani yose kugeza mu rugabano rw’Abanyageshuri n’Abanyamāka, igice cy’i Galeyadi kugeza ku rugabano rwa Sihoni umwami w’i Heshiboni.
Kandi aba ni bo bari abami b’ibihugu byo hakuno ya Yorodani iburengerazuba, abo Yosuwa n’Abisirayeli banesheje, uhereye i Bāligadi mu kibaya cy’i Lebanoni ukageza ku musozi wa Halaki uzamuka i Seyiri. Yosuwa agiha imiryango y’Abisirayeli ngo habe ahabo nk’uko bagabanijwe.
Nuko rero noneho abari muri Kristo Yesu nta teka bazacirwaho,
1 Abakorinto 12:13
kuko mu Mwuka umwe twese ari mo twabatirijwe kuba umubiri umwe, naho twaba Abayuda cyangwa Abagiriki, naho twaba imbata cyangwa ab’umudendezo. Kandi twese twujujwe Umwuka umwe.
Abefeso 2:12
mwibuke ko icyo gihe mwari mudafite Kristo mutandukanijwe n’Ubwisirayeli, muri abashyitsi ku masezerano y’ibyasezeranijwe, ari nta byiringiro mufite by’ibizaba, ahubwo mwari mu isi mudafite Imana Rurema.
Abefeso 4:30
Kandi ntimuteze agahinda Umwuka Wera w’Imana wabashyiriweho kuba ikimenyetso, kugeza ku munsi wo gucungurwa.
Abaheburayo 6:4
Kuko bidashoboka ko abamaze kuvirwa n’umucyo, bagasogongera impano iva mu ijuru, bakagabana ku Mwuka Wera,
Abaheburayo 9:11-14
Ariko Kristo amaze kuza, ahinduka umutambyi mukuru w’ibyiza bizaza, anyura mu ihema rirusha rya rindi gukomera no gutungana rwose ritaremwe n’intoki. Ibyo ni ukuvuga ngo ritari iryo mu byaremwe ibi.