Mukundwa Mugeni wa Kristo, reka tuze guteranira hamwe iki Cyumweru i saa sita z’amanywa, ku isaha y’i Jeffersonville, twumva 65-0221E << Uyu Melikisedeki Ni Muntu Ki?>>
Turi Umugore We mwiza mukundwa; utandujwe, utarigeze ukorwaho n’imikorere y’umuntu iyo ariyo yose, ibitekrekerezo ibyaribyo byose bya kimuntu. Turi abatanduye na gato, Umugeni w’Ijambo! Turi umukobwa w’Imana utwite.
Turi abana Jambo Rivuzwe Be, ariryo Jambo Ryayo ry’Umwimerere! Nta cyaha kiba mu Mana, ninako nta cyaha kiba muri twe, kuko turi ishusho Ye Bwite. Ese ni gute twagwa? Ntibishoboka… NTIBISHOBOKA! Turi igice Cye, IJAMBO Rye ry’UMWIMERERE.
Ni buryo ki twamenya ibi tudashidikanya? GUHISHURIRWA. Bibiliya yose, ubu Butumwa, Ijambo ry’Imana, byose ni Uguhishurirwa. Ubwo nibwo buryo tumenya ukuri hagati y’iri Jwi n’andi majwi yose, kubera ko ari Uguhishurirwa. Kandi Guhishurirwa guhuye neza neza n’Ijambo. Ntabwo kunyuranye n’Ijambo.
Biri imbere mu mitima yacu. Ntabwo twashobora kugira undi mugabo, ariko UMUGABO UMWE wacu Yesu Kristo, Umuntu umwe, Imana, Emanweli. Umugore We azaba ari ibihumbi n’ibihumbi. Aribyo byerekana ko Umugeni agomba guturuka mu Ijambo. “Umwami Yesu Umwe, naho Umugeni We akaba benshi, mu bumwe.”
Tugomba kwibuka kandi tukamenyako ibi atari ibya buri wese, ni iby’itsinda ry’umuhanuzi GUSA. Abe bamwemera. Ubu Butumwa nibo bugenewe gusa, umukumbi muto Umwuka Wera yamuragije.
Imana izamubaza ibyo atubwira, kandi twe, abo yahinduye hirya no hino mu gihugu, abo yazanye kuri Kristo, Imana inshingano itubaza ni ukwizera buri Jambo ryabwo kandi ntitwigere turigambanira.
Mbega uburyo bitangaje kuri twe kwicara maze tukamwumva arimo avugana natwe Abo Yitoranirije, Mbega uburyo Umugeni We wa mbere, n’Umugeni wa kabiri, bamunaniye; ariko twe, Umugeni We ukomeye w’igihe cya nyuma NTITUZIGERA NA RIMWE TUMUNANIRA. Tuzaguma turi ab’ukuri, bizerwa, Umugeni Jambo w’umwari kugeza ku iherezo.
Turabizi ko Agomba kuza vuba. Igihe icyo aricyo cyose. Kimwe na Nowa, twibwiraga ko azaza ejo hahise, ahari wenda ejo mu gitondo, wenda isasita, nimugoroba se, ariko tuziko Aje. Umuhanuzi w’Imana n’Ijambo Ryayo ntabwo bijya byibeshya, ARAJE. Turabyiyumvamo ni umunisi wa 7, kandi dushobora kubona ibicu byiyegeranya ndetse ibitonyanga biremereye by’imvura bigwa; igihe kirageze.
Turatekanye tuguwe neza mu nkunge, dutegerazanyije amatsiko. Ngwino wiyunge hamwe natwe twumva Ijwi ry’Imana ridukomeza kuri iki Cyumweru I saa sita z’amanywa, ku isaha y’I Jeffersonville, mu gihe twumva Gushyingirwa no Gutana 65-0221M.
12. Ariko abandi bo ni jye ubabwira si Umwami wacu. Mwene Data niba afite umugore utizera, kandi uwo mugore agakunda kugumana na we ye kumusenda.
13. Kandi umugore ufite umugabo utizera na we agakunda kugumana na we, ye kwahukana n’umugabo we
14. kuko umugabo utizera yezwa ku bw’umugore we, kandi umugore utizera yezwa ku bwa mwene Data uwo. Iyo bitameze bityo abana banyu baba bahumanye, ariko none dore ni abera.
34. abagore nibacecekere mu materaniro, kuko batemererwa kuvuga, ahubwo baganduke nk’uko amategeko na yo avuga.
Abaheburayo 11: 4
4. Kwizera ni ko kwatumye Abeli aha Imana igitambo kiruta icya Kayini kuba cyiza, ni na ko kwamuhaye guhamywa ko ari umukiranutsi ubwo Imana yahamyaga ko amaturo ye ari meza, kandi ni ko kwatumye na none akivuga nubwo yapfuye.
Ibyahishuwe 10: 7
7. ahubwo mu minsi y’ijwi rya marayika wa karindwi ubwo azatangira kuvuza impanda, ni ho ubwiru bw’Imana buzaba busohoye nk’uko yabwiye imbata zayo ari zo bahanuzi.”
Itangiriro 3 igice
1. Inzoka yarushaga uburiganya inyamaswa zo mu ishyamba zose, Uwiteka Imana yaremye. Ibaza uwo mugore iti “Ni ukuri koko Imana yaravuze iti ‘Ntimuzarye ku giti cyose cyo muri iyi ngobyi’?”
2. Uwo mugore arayisubiza ati “Imbuto z’ibiti byo muri iyi ngobyi twemererwa kuzirya,
3. keretse imbuto z’igiti kiri hagati y’ingobyi ni zo Imana yatubwiye iti ‘Ntimuzazirye, ntimuzazikoreho, mutazapfa.’ ”
6. Uwo mugore abonye yuko icyo giti gifite ibyokurya byiza, kandi ko ari icy’igikundiro, kandi ko ari icyo kwifuriza kumenyesha umuntu ubwenge, asoroma ku mbuto zacyo, arazirya, ahaho n’umugabo we wari kumwe na we, arazirya.
16. Kandi Uwiteka Imana ibwira uwo mugore iti “Kugwiza nzagwiza cyane umubabaro wawe ufite inda: uzajya ubyara abana ubabara, kwifuza kwawe kuzaherera ku mugabo wawe, na we azagutwara.”
17. Na Adamu iramubwira iti “Ubwo wumviye umugore wawe ukarya ku giti nakubujije ko utazakiryaho, uzaniye ubutaka kuvumwa. Iminsi yose yo kubaho kwawe uzajya urya ibibuvamo ugombye kubiruhira,
18. buzajya bukumereramo imikeri n’ibitovu, nawe uzajya urya imboga zo mu murima.
19. Gututubikana ko mu maso hawe ni ko kuzaguhesha umutsima, urinde ugeza ubwo uzasubira mu butaka kuko ari mo wakuwe: uri umukungugu, mu mukungugu ni mo uzasubira.”
20. Uwo mugabo yita umugore we Eva, kuko ari we nyina w’abafite ubugingo bose.
21. Uwiteka Imana iremera Adamu n’umugore we imyambaro y’impu, irayibambika.
22. Uwiteka Imana iravuga iti “Dore uyu muntu ahindutse nk’imwe yo muri twe ku byo kumenya icyiza n’ikibi, noneho atarambura ukuboko agasoroma no ku giti cy’ubugingo, akarya akarama iteka ryose.”
23. Ni cyo cyatumye Uwiteka Imana imwirukana muri ya ngobyi muri Edeni, kugira ngo ahinge ubutaka yavuyemo.
4. Ni ukuri intimba zacu ni zo yishyizeho, imibabaro yacu ni yo yikoreye, ariko twebweho twamutekereje nk’uwakubiswe n’Imana agacumitwa na yo, agahetamishwa n’imibabaro.
5. Nyamara ibicumuro byacu ni byo yacumitiwe, yashenjaguriwe gukiranirwa kwacu, igihano kiduhesha amahoro cyari kuri we, kandi imibyimba ye ni yo adukirisha.
7. Yararenganye ariko yicisha bugufi, ntiyabumbura akanwa ke amera nk’umwana w’intama bajyana kubaga, cyangwa nk’uko intama icecekera imbere y’abayikemura, ni ko atabumbuye akanwa ke.
8. Guhemurwa no gucirwa ho iteka ni byo byamukujeho. Mu b’igihe cye ni nde witayeho ko yakuwe mu isi y’abazima, akaba yarakubitiwe ibicumuro by’ubwoko bwe?
9. Bategetse ko ahambanwa n’abanyabyaha, yari kumwe n’umutunzi mu rupfu rwe nubwo atagiraga urugomo, kandi ntagire uburyarya mu kanwa ke.
Niba twashobora kubaza ikibazo kubijyanye n’ubuzima bwacu, hagomba kuba hari igisubizo cy’ukuri. Hashobora kuba ikintu cyenda kwegerana nacyo, ariko hari n’icy’ukuri, igisubizo nyacyo kuri buri kibazo. Kubw’ibyo, buri kibazo kiza mu buzima bwacu, hagomba kuba hari igisubizo cy’ukuri kandi gitunganye.
Niba dufite ikibazo cya Bibiliya, hagomba kuba igisubizo cya Bibiliya. Ntabwo dushaka ibiturutse ku itsinda ry’abantu, biturutse mu busabane runaka, cyangwa ibiturutse ku mwarimu, cyangwa biturutse ku idini runaka. Turashaka ikije giturutse neza neza mu Byanditswe. Tugomba kumenya: Ese nihe hantu h’ukuri kandi hatunganye h’Imana ho kuyiramiriza?
, ahantu hatoranijwe n’Imana… hatoranyijwe n’Imana ku bwo guhura n’umuntu, atari mu itorero, atari mu idini, atari mu mihango, ahubwo ni muri Krisito. Ni ho hantu honyine Imana ihurira n’umuntu, aho uwo muntu ashobora kuramiriza Imana, ni muri Krisito. Ni ho hantu honyine. Mwaba abametodisita, ababatisita, abagatulika, abaporoso, icyo mwaba muri cyo cyose, hari ahantu hamwe gusa mushobora kuramiriza Imana nkuko bikwiye; ni muri Kirisito.
Ahantu honyine hatunganye, Imana yatoranije kuramirizwa ni muri Yesu Kristo; iyo niyo Nzira yonyine yatoranijwe.
Bibiliya yadusezeranije Ikizu muri Malaki 4, Inkingi y’Umucyo tugomba gukurikira. Azatwereka itorero ryayobye We ni Abaheburayo 13:8, Yesu Kristo uko yari ejo hahise, niko ari uyu munsi, ndetse n’iteka. Kandi twasezeranijwe muri Luka 17:30 ko Umwana w’umuntu (Ikizu) azihishurira Ubwe Umugeni We.
Mu Byahishuwe 4:7, hatubwira ko hari Ibizima bine, aho icya mbere cyari intare. Igikurikiyeho cyari Ikimasa. Hanyuma, igikurikiyeho cyari umuntu; uwo muntu yari umugorozi, inyigisho z’umuntu, tewolojiya, n’ibindi.
Babwira Samweli ngo, “Ntabwo wigeze wibeshya mu kutuyobora. Nta nubwo wigeze uba umuriganya mu bikorwa bijyanye n’ubutunzi. Wakoze ibishoboka byose kugira ngo uturindire mu nzira y’Ijambo ry’Uwiteka. Dushima ibitangaza, ubwenge, ibyo Iduha no kurinda kw’Imana”. Turabyizera. Turabikunda. Kandi ikiruseho ntabwo dushaka kubaho tutabifite. Ni uko gusa dushaka umwami kugira ngo atuyobore mu ntambara.
Noneho birumvikana igihe tugiye ku rugamba icyo dushaka ni uko abatambyi bakomeza kujya imbere na Yuda agakurikiraho, hanyuma tukavuza impanda kandi tukarangurura maze tukaririmba. Nta na kimwe tuzakuramo. ARIKO TURASHAKA UMWAMI AKABA ARI UMUNTU UMWE MURI TWE NUKO AKAJYA ATUYOBORA.
Aba ntabwo bari abanyedini bo muri kiriya gihe. Aba bari abantu bahamyaga ko WE ARI nyakuri ari umuhanuzi w’Imana akaba ariwe watoranijwe n’Imana kugira ngo abayobore.
“yego, uri umuhanuzi. Twizera Ubutumwa. Imana iguhishurira Ijambo Ryayo, kandi turabikunda, kandi nta n’ubwo twifuza kubaho tutarifite, ariko turashaka undi muntu utari WOWE kugira ngo atuyobore; umwe muri twe. Turacyashaka kuvuga ko twizera Ubutumwa watuzaniye. Ni Ijambo. Uri umuhanuzi, ariko ntabwo ari wowe wenyine cyangwa ngo ube Ijwi ry’ingenzi kurusha andi.”
Hariho abantu beza mu isi uyu munsi, insengero nziza. Ariko hariho Muka Yesu
Kristo umwe, kandi niwe turi We, Uwo Azaba Aziye; Ijambo Mugeni mwari utunganye uwo uzagumana n’IJWI RYONYINE IMANA YAHAMIRIJE KANDI IKEMEZA KO ARI RYO UKU NIKO UWITEKA AVUZE.
Niba ushaka gufatanya natwe kuri iki Cyumweru I saa sita z’amanywa, ku isaha y’I Jeffersonville, turaza kuba turi ku ihuzanzira rya telephone hirya no hino ku isi turimo twumva. Ibi nibyo bigiye kubaho.
Kora kuri bene Data, bashiki banjye, incuti zanjye ziri hano, aha hantu muri uyu mugoroba, n’abari gukurikira kuri telefoni hariya. Hariho amaleta atandukanye bari kutwumva, hose, guhera ku Nkombe y’Iburasirazuba kugera ku Nkombe y’Iburengerazuba. Ndasaba, Mana dukunda, hariya kure mu butayu bwa Tucson, hariya muri Californie, iyo hejuru muri Nevada, no muri Idaho, iyo kure Iburasirazuba, na hariya i Texas; mu gihe ubu butumire butanzwe, hariho abantu bicaye mu dusengero duto, ku maradiyo, mu mazu, barimo kumva. O Mana, reka uyu mugabo cyangwa uyu mugore, uyu musore cyangwa uyu mukobwa wazimiye, Akugarukire kuri iyi saha. Bikore ubu. Tubigusabye mu Izina Rya Yesu, babone ubu buhungiro hakiri igihe.
Noneho, Mwami, uku guhinyuza kwaneshejwe: Satani, umuriganya, nta bubasha afite bwo kuzitira umwana w’Imana. Ni ikiremwa cyaneshejwe. Yesu Krisito, ahantu hamwe ho kuramiriza, Izina ryonyine ry’ukuri, ryamunesheje i Kalvari. Kandi ubu duha agaciro Amaraso Ye, ayo Yanesherejemo indwara zose, buri bubabare bwose.
Ndategeka Satani ave muri iki cyumba. Mu Izina rya Yesu Kirisito, sohoka muri aba bantu, babohoke.
Abemera gukira kwabo bashingiye ku Ijambo ryanditse, mubihamirize muhagurutse maze muvuge muti: “Nemeye gukira kwanjye ubu ngubu mu Izina rya Yesu Krisito.” Muhaguruke.
Icyubahiro ni icy’Imana. Dore. Murebe hano, ibimuga, n’abandi bose, bahagurutse. Icyubahiro ni icy’Imana. Ni uko. Mwizere gusa. Ari hano.
Mwene Data Joseph Branham
Ahantu Imana Yahisemo Ho Kuramiriza 65-0220
Ibyanditswe byose gusoma mbere yo kumva Ubutumwa:
Gutegeka kwa kabiri 16: 1-3 Kuva 12: 3-6 Malaki Igice cya 3 n’Igice 4 Luka 17:30 Abaroma 8: 1 Ibyahishuwe 4: 7
Nta kongera gutegereza ukundi, nta kwibaza ukundi, TWAHAGEZE! TURI Umugeni Mbuto ya Cyami y’Umwuka Idasanzwe. Imbuto y’Umwuka ku Mwana w’Ubwami wasezeranijwe. Atari itsinda runaka mu gihe kizaza; atari mu gisekuru kizaza; turi kubaho ku munsi wanyuma, turi igisekuru kizareba Yesu Kristo agarutse ku isi.
Uyu Munsi, Iki Cyanditswe kirasohoye!
Ubwo Butumwa Bwiza bumwe, Izo Mbaraga zimwe, Uwo Mwana w’umuntu UMWE uko yari ejo hahise, niko ari uyu munsi, kandi niko azahora iteka.
Uyu Munsi, Iki Cyanditswe kirasohoye!
Bakundwa nshuti muri muri Arizona, Califonia, Texas, aho hose muri Leta z’Ubumwe z’Amerika no HIRYA NO HINO MU ISI mwumva iyi kasete ku ihuzanzira; uwo Mwana(S-o-n) w’Imana umwe waje mu burasirazuba kandi akihamiriza nk’Imana igaragaye mu mubiri, ni we uwo Mwana (S-o-n) w’Imana mu gice cy’uburengerazuba hano, niwe urimo wigaragaza Ubwe hagati mu itorero uyu mugororoba, Ari uko yari ejo, uyu munsi, n’iteka. Umucyo wa nimugoroba w’Umwana waje.
Uyu Munsi, Iki Cyanditswe kirasohoye!
Ijwi rya Messiya, uwo wari uhagaze arimo avugira ku gicaniro mu gihe Cye, Yigaragaza Ubwe hamwe n’Ijambo ry’isezerano ry’icyo gihe, niryo Jwi rimwe rya Mesiya, riri kuvugana n’Umugeni Wayo uyu munsi hirya no hino ku isi kuri aya makasete, ritubwira ngo: Ndi uko nari ejo hahise, uyu munsi n’iteka. NDI Ijwi ry’Imana kuri Mwe. MURI UMUGENI MBUTO YA CYAMI Y’UMWUKA iyo yagumanye n’Ijambo Ryanjye.
Uyu Munsi, Iki Cyanditswe kirasohoye!
Hariho guteraganwa mu bantu uyu munsi kuburyo bananirwa kubona ukuri kw’Imana. Ni kubera ko hariho ubusobanuro bwinshi ku Ijambo ry’Imana butanzwe n’umuntu. Imana nta n’umwe ikeneye ngo asobanure Ijambo Ryayo. Irisobanura Ubwayo. Yoherereje Umugeni Wayo Ibyahishuwe 10:7 byayo mu minsi y’Ijwi rya mayayika muhanuzi kugira ngo asobanure Ijambo Ryayo. Ibyo ni UKU NIKO UWITEKA AVUZE.
Uyu Munsi, Iki Cyanditswe kirasohoye!
Muravuga muti, “Iyo njya kuba narimpari mu gihe Yesu yari ku isi, najyaga kuba narakoze ibi na biriya.” Ni byiza, icyo ntabwo cyari igisekuru cyawe. Ariko, iki nicyo gisekuru cyawe, iki nicyo gihe cyawe. Ese ni irihe Jwi urimo uvuga ko ari Ijwi ry’Imana?
Imana? Ijwi ufata ko ari Ijwi ry’ingenzi kuri wowe ni irihe?
Uyu Munsi, Iki Cyanditswe kirasohoye!
Satani akomeje gutera Umugeni kurusha uko yigeze kubikora mbere. Yashobora kugutera gutekereza ko ufite icyorezo cyangwa ubwoko runaka bw’uburwayi, cyangwa agatera umuryango wawe. Rimwe na rimwe Imana yemera ko ibintu bihinduka umwijima ukaba utabasha kureba hejuru, hirya cyangwa hino ndetse n’ahandi hose. hanyuma Iraza ikakuremera inzira muri byo, kugira ngo ubashe kuvuga ngo,”Ntabwo ndi urubyaro rwa Hagari, ntabwo ndi urubyaro rwa Sara, yewe nta nubwo ndi urubyaro rwa Mariya, Ndi Imbuto y’Umwuka y’Abarahamu y’Ubwami Idasanzwe y’Imana” Mfata gusa Ijambo nasezeranijwe, Ni Uku niko Uwiteka Avuze. Ntabwo nzigera nyeganyezwa. Uko byaba bigaragara kose, uko satani yavuga. Icyo nkeneye gusa, ni ugufatira Imana ku Ijambo Ryayo.
Uyu Munsi, Iki Cyanditswe kirasohoye!
Ijwi ry’Imana riratubwira ngo. Nahunitse Ibyo Kurya byose by’Umwuka mukeneye. Muvuge GUSA ibiri ku makasete. Ndi Ijwi ry’Imana kuri mwe. Ijambo Ryanjye nta busobanuro rikeneye. Ntimukajye impaka cyangwa ngo murwane, mukundane, ARIKO mugumane n’IJAMBO RYANJYE.
Uyu Munsi, Iki Cyanditswe kirasohoye!
Ntugacike intege. Ntukihebe. Ntukemere ko Satani akwiba UMUNEZERO wawe. Wibuke uwo URIWE, aho ugiye, uko bizaba bimeze muri ibyo Birori bikomeye by’Ubukwe. Gutura muri uwo Murwa mwiza yakubakiye. Aho ugiye kuzabana na We ubuziraherezo hamwe n’abo bose batambutse mbere.
Nta ndwara izongera kubaho. Hehe n’agahinda. Nta rupfu ukundi. Habe no kuba mu ntambara ukundi. Ahubwo ni Ubugingo Buhoraho hamwe na We. Hanyuma tuzavuga ngo:
Uyu Munsi, Iki Cyanditswe kirasohoye!
Ntitukijime ngo maze tuvuge ngo, “Ndambiwe aha hantu, ndashaka kuva hano. Ahubwo reka tuvuge dutya ngo: Araza umunota uwo ari uwo wose ubu, KUBWA NJYE… ICYUBAHIRO KIBE ICY’IMANA! ndakumbuye cyane. Ngiye kubona abo nkunda bose. Bagiye kugaragara aha imbere yanjye, noneho nzamenya ko, BIRANGIYE, ko TWAHAGEZE.”
Noneho, mu kanya nk’ako guhumbya, tuzaba turi hamwe twese ku rundi ruhande.
Niba wifuza kwishima, kandi ukaba mu Bukwe bw’Umwana w’Intama hamwe natwe, ngwino witegure ubwawe kuri iki Cyumweru I saa sita z’amanywa ku isaha y’I Jeffersonville, mu gihe twumva :
Uyu Munsi, Iki Cyanditswe kirasohoye! 65-0219
Mwene Data Joseph Branham
Ibyanditswe byo gusoma:
Yohana igice cya 16
1.“Icyo mbabwiriye ibyo ni ukugira ngo hatagira ikibagusha.
2.Bazabaca mu masinagogi, kandi igihe kigiye kuza, uzabica wese azibwira ko akoreye Imana umurimo.
1.Umwuka w’Umwami Imana ari kuri jye, kuko Uwiteka yansīze amavuta ngo mbwirize abagwaneza ubutumwa bwiza, yantumye kuvura abafite imvune mu mutima no kumenyesha imbohe ko zibohowe, no gukingurira abari mu nzu y’imbohe.
2.Kandi yantumye no kumenyesha abantu umwaka w’imbabazi z’Uwiteka, n’umunsi Imana yacu izahoreramo inzigo, no guhoza abarira bose.
Luka 4:16
16.Ajya i Nazareti iyo yarerewe, ku munsi w’isabato yinjira mu isinagogi nk’uko yamenyereye, arahagarara ngo asome.
Mboherereje indamutso hirya no hino ku isi, kuri abo bateranye hamwe, barimo kumvira kuri ubwo buryo bw’ihuzanzira, barimo bagaburira ubugingo Bwabo kuri iyo Manu nshya ifutse irimo imananuka iva mu Ijuru. Muri abaguzwe Amaraso ya Yesu Kristo Ubwe.
Mwami Yesu, ndasaba ko Wasiga amagambo uyu mugoroba ngo Ijwi ry’Ijuru ryumvikane muri buri gutwi. Cyangwa niba hari abari aha cyangwa bakurikiye mu gihugu hose,
Imana irimo irasiga amatwi ya buri umwe wese muri twe, mu gihe turimo kumva hirya no hino ku isi kurangurura kwa Kimana kw’Ijwi ry’Imana rivugana natwe. Uku niko Uwiteka avuze.
Turi Itorero ry’Imana ry’Umwimerere ryavutse bwa kabiri ryizera BURI Jambo ry’Imana Imbere y’ikintu icyo aricyo cyose, tutitaye kucyo aricyo, kubera ko ni Ijambo ry’Imana ritavangiye ririmo kuvuga.
Imana irimo irigaragaza Ubwayo muri twe, Itorero Mugeni Ryayo. Ntabwo turi abahetsi b’Imbuto, TURI IMBUTO YA CYAMI. Ubuzima Bwe bwose bwari muri We bwongeye kwigaragaza muri TWE, Itorero Mugeni, ry’ukuri, ry’umwimerere, Rigarura Ijambo ry’Imana mu mwuzuro Waryo no mu mbaraga Zaryo.
Ntihashobora kongera kubaho igisekuru icyaricyo cyose cy’itorero nyuma y’iki. Turi ku iherezo, bene Data na bashiki bacu. Niho turi, twahageze. Imana ishimwe.
Turi ku iherezo. Twahageze. Umugeni YAMENYE abo Turi bo. Ni igihe cy’Imbuto Mugeni. Ibishishwa byarapfuye. Ibishishwa birimo kuma. Turi Ijambo ry’Imana ryavutse ku mwari rigaragajwe, Yesu Kristo ari uko yari ejo, uyu munsi, ndetse n’iteka.
Ntabwo tuzakorwaho. Nta mugabo wadufata kungufu. Turi Umugeni wabyawe n’umwari. Twategetswe n’Imana kuguma kuba ab’ukuri ku Ijambo mwari ritunganye. Imbuto igomba kuguma Imbere y’Umwana, Umwuka Wera, Ijwi ry’Umwana w’Umuntu, bityo kugira ngo ibashe gukomera. Kandi kuri twe, hariho INZIRA IMWE GUSA: GUKANDAHO BIKAVUGA MAZE TUKUMVA IJWI RY’UMWANA W’UMUNTU UBWE.
Kandi ndavuga ko hari Itorero ryatoranyijwe ahantu runaka muri iyi si, ryahunze ibi bintu kandi rihagaze ukwaryo. Kandi kugaragara kw’Imana kwararireheje.. Turi mu minsi ya nyuma.
Turi Ibizu by’Imana. Nta bugambanyi buri muri twe. Dushobora gusa kurya kuri Manu nshya. Tumeze nk’inyana ziri mu bwatsi. Turya gusa Ibyo Kurya Byahunitswe ibyo twagenewe.
Turi kubona Ibizu by’imana hirya no hino ku isi bishaka Manu Nshya. Bazakomeza gushaka kugeza bayibonye. Bazaguruka bajye hejuru ndetse hejuru cyane. Niba ntayiri hano muri iki kibaya, bazongera bigire hejuru ho gato. Barashaka Ijambo ry’Imana ry’uwo munsi rivuye ku Ijwi ry’Imana. Aho bagiye h’iteka hashingiye kuri Ryo. Aho Umubiri uri, niho Ibizu biteranira.
Umwuka We waje kuri twe kugira ngo ukore ibyo bintu bimwe nk’ibyo Yakoze. Ni ukongera kororoka kw’Intete. Turi Urubyaro Rwa Cyami rw’Abrahamu mu Kwizera abo bafata buri kintu cyose kinyuranye n’Ijambo ry’Imana maze bakacyita ko kitariho. Ntidushobora gushidikanya cyangwa ngo dushyire mu mwanya utariwo Ijambo ry’Imana, kubera ko twizera ko ari UKU NIKO UWITEKA AVUZE. Yesu Kristo ari uko yari ejo, uyu munsi, n’iteka.
Mana mukunzi mwiza, ntutume dutera umugongo ibi ngo tujye ku bupfu bw’isi, ahubwo reka tumwakire uyu mugoroba n’umutima wacu wose. Kandi Mwami, rema muri njye umwuka mwiza, Umwuka w’Ubugingo, kugira ngo nshobore kwizera Amagambo Yawe yose, kwemera Yesu Jambo, umwe ejo hashize, uyu munsi, n’iteka ryose, no kwizera uyu munsi igice cyatanzwe muri iki gisekuru. Bitange, Mwami. Mbisabye mu Izina rya Yesu.
Kuko abiyita Kristo n’abahanuzi b’ibinyoma bazaduka bakora ibimenyetso bikomeye n’ibitangaza, kugira ngo babone uko bayobya n’intore niba bishoboka.
Luka 17:30
Ni na ko bizamera umunsi Umwana w’umuntu azaboneker aho.
Yohana 5:24
“Ni ukuri, ni ukuri, ndababwira yuko uwumva ijambo ryanjye akizera uwantumye, aba afite ubugingo buhoraho kandi ntazacirwaho iteka, ahubwo aba avuye mu rupfu ageze mu bugingo.
Yohana 14:12
Ni ukuri, ni ukuri, ndababwira yuko unyizera, imirimo nkora na we azayikora ndetse azakora n’iyiruta, kuko njya kwa Data.
Abaroma 8:1
Nuko rero noneho abari muri Kristo Yesu nta teka bazacirwaho,
Abagalatiya 4: 27-31
27.kuko byanditswe ngo “Ishime ngumba itabyara, Tera hejuru uvuge cyane utaramukwa, Kuko abana b’inyungwakazi ari benshi, Baruta ab’inkundwakazi.” 28.Nuko rero bene Data, namwe muri abana b’isezerano nk’uko Isaka yari ari. 29.Ariko nk’uko icyo gihe uwabyawe n’umubiri yarenganyaga uwabyawe n’Umwuka, na n’ubu ni ko bikimeze. 30.Mbese ibyanditswe bivuga bite? Biravuga biti “Senda inshoreke n’umuhungu wayo, kuko umuhungu w’inshoreke atazaraganwa n’umuhungu w’umugeni.” 31.Nuko bene Data, ntitukiri abana b’inshoreke, ahubwo turi ab’umugeni.
Abaheburayo 13: 8
Yesu Kristo uko yari ari ejo, n’uyu munsi ni ko ari kandi ni ko azahora iteka ryose.
1 Yohana 4: 7
Bakundwa, dukundane kuko urukundo ruva ku Mana. Umuntu wese ukunda yabyawe n’Imana kandi azi Imana.
Ibyahishuwe 10
Mbona marayika wundi ukomeye amanuka ava mu ijuru yambaye igicu, umukororombya uri ku mutwe we, mu maso he hasa n’izuba, ibirenge bye bisa n’inkingi z’umuriro.
Mu intoki ze yari afite agatabo kabumbutse. Nuko ashyira ikirenge cye cy’iburyo ku nyanja, n’icy’ibumoso agishyira ku butaka.
ahubwo mu minsi y’ijwi rya marayika wa karindwi ubwo azatangira kuvuza impanda, ni ho ubwiru bw’Imana buzaba busohoye nk’uko yabwiye imbata zayo ari zo bahanuzi.”
Nuko rya jwi numvise rivugira mu ijuru, nongera kuryumva rimbwira riti “Genda wende ka gatabo kabumbutse kari mu intoki za marayika uhagaze ku nyanja no ku butaka.”
Nuko nsanga marayika uwo ndamubwira nti “Mpa ako gatabo.” Aransubiza ati “Enda ugaconshomere, karagusharirira mu nda ariko mu kanwa kawe karakuryohera nk’ubuki.”
Nenda ako gatabo, ngakura mu intoki za marayika ndagaconshomera. Mu kanwa kanjye karyohera nk’ubuki, ariko maze kukarya mu nda yanjye harasharirirwa.
Uwo ni we uzasanganya imitima y’abana n’iya ba se, kugira ngo ntazaza kurimbuza isi umuvumo.”
Ariko iyo mutangiye kuvuga muti: “Njyewe na Data turi Umwe”, n’ibyo bintu bindi, ubwo rero igishishwa kirabihunga. Ariko Itorero Mugeni ry’ukuri ry’umwimerere rizagaragaza Ijambo ryuzuye ry’Imana mu mwuzuro Waryo, hagati…?… Kuko uko Yari ejo, ni ko Ari uyu munsi, n’iteka ryose.
65-0218- “Imbuto ntabwo iraganwa n’igishishwa” Rev. William Marrion Branham
Yesu Krisito ntahinduka, uko Yari ejo, ni ko Ari uyu munsi n’iteka ryose. Umwuka uje ku Mugeni ngo usohoze ibintu bimwe. Murabona, ni ukuvuka bushya kw’impeke.
65-0218- “Imbuto ntabwo iraganwa n’igishishwa” Rev. William Marrion Branham
Igihe kirageze kugira ngo mufate icyemezo niba ari iyihe nkunge mugomba kujyamo. Ese murimo kugaburirwa ku Ijambo rivuzwe rivuye neza neza ku Mwana w’Umuntu, cyangwa n’ikindi kindi? Ese haba hari ubabwira ko mugomba kumva andi majwi kugira ngo mube Umugeni Wayo? Gucuranga amakasete mu ngo zanyu cyangwa mu nsengero zanyu ntabwo aricyo kintu cy’ingenzi Umugeni agomba gukora?
Ese ni ijwi ryande murimo kumva? Ese ni iki iryo jwi ririmo kubabwira? Ese kubaho kw’iteka kwanyu n’uk’umuryango wanyu murimo kugushingira kurihe jwi?
Ntabwo ari njye, ntabwo ari kuri marayika wa karindwi, oh, oya; ni kukugaragazwa k’Umwana w’Umuntu. Ntabwo ari marayika, ubuutumwa bwe; ni ubwo bwiru Imana yahishuye. Ntabwo ari umuntu; ni Imana. Uwo Marayika ntabwo yari Umwana w’umuntu; yari intumwa iturutse ku Mwana w’umuntu. Umwana w’umuntu ni Kristo; Uwo ni We Umwe muryaho. Ntabwo murimo kurya ku umuntu; umuntu, amagambo ye azananirwa. Ariko muri kurya ku Mubiri-Jambo utananirwa w’Umwana w’umuntu.
Ese ni irihe Jwi mukunda? Ese ni kuki Yemeye ko Ijwi Ryayo rifatwa amajwi kandi rigahunikwa? Ese ni irihe Jwi Imana yatoranije kugira ngo rivuge Ijambo Ryayo kubw’igihe cyacu?
Binyuze mu muhanuzi Wayo Yateguye, uwo Yarobanuriye kugira ngo amanuke aho maze atambutse ubwo butumwa, rero, bisa nkaho Yashoboraga kohereza undi muhanuzi, ariko Yarobanuye Yona, kandi habe na Eliya ntabwo yajyaga kubikora, Yeremiya ntiyajyaga kubikora, Mose ntabwo yajyaga kubikora, yari Yona wagombaga kujya i Nineve. Nicyo cyonyine cyari gikenewe kuri byo. Yamuhaye umurimo ndetse Imubwira kugenda. Kandi igihe Yavuze ngo, “Genda hariya, Yona, genda I Nineve,” nta wundi muntu washoboraga kujyayo uretse Yona
Imana yatugennye mbere muri ubu buzima. Iri Jwi ritubwira Amagambo y’Ubugingo Buhoraho. Kuri twe, iyi niyo Nzira yateganijwe n’Imana. Iyi niyo Nkuge yacu. Niba uri mu nkuge igiye i Tarushishi, sohokamo mbere y’uko ukererwa.
Ntabwo ndimo mvuga ko nuramuka ugiye ku rusengero batumva amakasete ariyo nkuge igiye I Tarushishi, ariko niba UWO ARIWE WESE adafata iri Ijwi ry’Imana riri ku makasete nk’ijwi ry’ingenzi cyane mugomba kumva, byaba byiza ugenzuye ukareba uyoboye inkuge yanyu n’aho iyo nkuge irimo kwerekeza.
Ndagutumiye kugira ngo wifatanye natwe Kucyumweru I Saa sita z’amanywa., ku isaha y’I Jeffersonville, mu gihe Kapiteni w’inkuge yacu avuga kandi atuzanira Ubutumwa: Umuntu uhunga mu maso y’Uwiteka 65-0217.
Reka noneho dutangire ubu bubyutse. Ni ukuri! Ese ni iki utegereje? Twizera ko Kuza k’Umwami kwegereje, Kandi Agiye kuza gutwara Umugeni, ndetse Biriteguye. Kandi nta nkunge na zimwe dushaka z’I Tarushishi. Tugiye I Nineve. Huh! Tugiye mu Bwiza. Amen. Uko ni ukuri. Tugiye aho Imana igomba kuduha umugisha, kandi icyo nicyo gusa dushaka gukora.
Abo nibo twe, umuryango w’abumva amakasete y’umuhanuzi; abana be bakwiriye hirya no hino mu isi, abo yabyariye Kristo. Abongabo Data yahaye Guhishurirwa Kwe Ubwe muri iyi minsi yanyuma.
Ndashaka kubahuriza hamwe bose umwe muri iyi minsi, murabona, Data nabishaka, kandi hanyuma tuzagira Murugo aho tutazongera kuzerera hirya no hino ukundi.
NDASHAKA KUBAHURIZA HAMWE BOSE. Birimo kuba ubungubu. Ubu Butumwa, Ijambo Ryayo, aya Makasete arimo arakora neza neza ibyo ngibyo: arimo arahuriza hamwe Umugeni, arimo aratwunga mu BUMWE BUMWE guturuka hirya no hino ku isi. Nta kindi gihari uretse Ijwi Ryayo; Ijwi ry’Imana ku makasete, ariryo rishobora guhuriza hamwe Umugeni Wayo.
Kandi wowe, igihe wuzuye Umwuka, dore kimwe mu bimenyetso byiza cyane nzi: ukunda Kristo cyane kandi wizera buri Jambo ryose Yavuze ko ari Ukuri Icyo ni igihamya ko ufite Umwuka Wera. Kandi ubuzima bwawe buba bwuzuye umunezero, hanyuma–oh mbega, ibintu byose biba bitandukanye (murabona?) bitandukanye n’uko byari bisanzwe. Uwo ni Umwuka Wera.
Imitima yacu, ibitekerezo n’ubugingo biba byuzuye umunezero, urukundo no Guhishurirwa, biba bigoye ko twakwifata ubwacu. Buri butumwa twumva butuzanira Guhishurirwa kuruseho. Tubona abo turibo n’ibyo dukora kubwo kuba mu Bushake Bwayo Butunganye. Nta kintu gihari cyashobora kudukura mu byo Imana yashyize imbere mu mitima yacu. Gukandaho Bikavuga niyo Nzira yateguwe n’Imana kubw’uyu munsi. Nta gukekeranya, nta kwiringira, nta kubaza Umwuka Wera ngo, “Ese icyo numvise cyaba ari Ijambo ry’ukuri?” “Ese nkwiriye kubingenzuza Ijambo?”
Abo sitwe. Icyo twumva ku makasete NI IRYO JAMBO. Iryo Jambo twumva ku makasete niryo JAMBO RYONYINE ryahamirijwe n’Umwuka Wera Ubwe, Inkingi y’Umuriro, ko ari Uku niko Uwiteka Avuze ku Mugeni.
Niharamuka hagize utubwira ngo, “Hari byinshi byavuzwe ku makasete byari Mwene Data Branham urimo kuvuga, bitari Ijambo risizwe. Uwo yari umuntu. Umwuka Wera atuyobora ku kiri Ijambo ntabwo ari kucyo Mwene Data Branham avuga.”
Ndashaka ko mutigera mwibagirwa iryo Jambo. Icyo Mose yavugaga, Imana yaracyubahaga, kubera ko Ijambo ry’Imana ryari muri Mose.
Ntituzigera na rimwe twibagirwa icyo umuhanuzi avuga, kandi turacyizera; Kuko byandikishijwe ikaramu y’icyuma ku mitima yacu. Ibyo yavuze ku makasete, Imana irabyubaha, kandi turabyizera.
Nta cyubahiro kirenze kwicara maze tukumva Ijwi ry’Imana rivugana natwe. Araza kuba avugana n’Umugeni We kuri iki Cyumweru I Saa Sita z’Amanywa ku isaha y’i Jeffersonville, maze asubize ibibazo: 64-0830E Ibibazo n’Ibisubizo #4. Ndifuza kugutumira kugira ngo wiyunge natwe. Ni icyemezo utazigera wicuza na rimwe.
Gutekereza, ayo Magambo amwe twumva iyo Dukanzeho Bikavuga ni Ijwi ry’Imana rituvugisha muri ako kanya. Data yemeye ko bifatwa amajwi maze arabihunika kugira ngo dushobore Gukandaho Bikavuga buri segonda rya buri munsi; bityo dushobora kumwumva adutera umwete, aduha umugisha, adusiga, maze agata kure ubwoba bwacu bwose no gushidikanya, ibyo byose binyuze mu Gukandaho Bikavuga.
Icyo dukeneye gusa kugeza ubu, ni Gukandaho Bikavuga, kandi ngaha aho biri. Ari hano kugira ngo atwibutse y’uko TWE TURI IJAMBO. Ari kumwe natwe, Aratuzengurutse, ARI MURI TWE. Satani ni umwirirazi. Yaratsinzwe. Nta kintu na kimwe cyadukuraho iryo Jambo. Imana yarariduhaye binyuze mu kumenya mbere Kwayo, yari iziko turi Umugeni Wayo. Twarikumwe na Yo guhera mu itangiriro.
Ni irihe Jwi twashobora kumva rikaba ryaruta Ijwi ryonyine ryahamirijwe n’Inkingi y’Umuriro kuba ariryo Jwi ry’Imana?
Nta rindi jwi.
Ni iki iryo Jwi ryatubwiye mu cyumweru gishize?
Igihe cyose mba mbasaba, kandi ibyo ni nka mwene Data na Mushiki wacu. Muri abana banjye; Njye–Ndi so mu Butumwa Bwiza, atari so kuko bimeze ku bapadiri, Njye–Ndi so mu Butumwa bwiza nkuko Pawulo yabivuze hariya. Nabyariye Kristo, kandi ubu, Njye–Nabashyingiye Kristo; nabarambagirije Kristo nk’umwari utanduye. Ntimukankoze isoni! Ntimukankoze isoni! Mugume muri umwari utanduye.
Tugomba kuguma turi abari batanduye ku Ijambo, iryo Jwi. Kuri twe, hari INZIRA IMWE gusa tubasha kumenya ko turi kubikora: GUKANDAHO BIKAVUGA.
Wibuke ibi n’umutima wawe wose: Ugumane n’iryo Jambo! Ntukigere ureka iryo Jambo! Ikintu icyo aricyo cyose gihabanye naryo, ucyihorere, icyo cyaba kiri cyose. Noneho umenya ko bikwiriye.
Nsobanukiwe neza impamvu numvwa nabi kandi bamwe bagatekereza ko rwanya abakozi b’Imana bose; ko nizera ko nta n’umwe ukwiriye kubwiriza. “Nuramuka wumvise undi mubwiriza utari Branham, uzaba utira Umugeni.” Nkuko nabibabwiye inshuro nyinshi, ntabwo nigeze mvuga ibyo cyangwa ngo nizere nk’ibyo.
Umuhanuzi yabisobanuye neza kucyumweru gishize neza uko mbyumva n’uko nizera.
Hari nk’amatorero atatu y’Ubutumwa muri aka gace ka Jeffersonville mu gihe Mwene Data Branham yari hano. Mu materaniro yo Kucyumweru, yaravuze ngo abapasteri bo mu karere ntabwo bari bahari mu materaniro ya nimugoroba. Bari bagize ayabo materaniro ya nimugoroba. Kubw’ibyo, ntabwo bari biyumvishemo kuza kumva Mwene Data Branham kubw’amateraniro ya nimugoroba, ahubwo bahitamo gukora amateranio mu matorero yabo. Icyo cyari icyemezo cyabo, kandi nicyo bari bayobowe gukora, kandi Mwene Data Branham arabyemera.
Uyu munsi haricyari insengero nyinshi mu gace ka Jeffersonville. Nabo bagomba gukora nkuko bumva bayobowe n’Umwami gukora. Niba bumva batayobowe gucuranga amakasete, icyubahiro kibe icy’Uwiteka, barimo barakora icyo bumva bayobowe gukora, kandi icyo nicyo bakwiriye gukora. Bakomeza kuba bene Data na bashiki bacu kandi bakunda ubu Butumwa. Ariko tugomba gukora icyo twumva tuyobowe gukora: Gukandaho Bikavuga. Turashaka kumva umuhanuzi.
Nkuko Mwene Data Branham yabikoze ku itariki 30 kanama 1964, ndabatumira ngo muzaze kwifatanya natwe I saa sita z’amanywa, ku isaha y’I Jeffersonville, ubwo twongera kumva indi nshuro Ubutumwa umuhanuzi atuzaniye: 64-0830M Ibibazo n’ibisubizo #3.
Dutegereje, umwanya uwo ari wose, ko abo basinziriye mu mukungugu wisi babanza gukanguka. Muri ako kanya, tuzahita tubabona; ba papa, ba mama, abagabo, abagore, abavandimwe na bashiki bacu. Bari aho, bahagaze imbere yacu. Tuzamenya muri ako kanya, ko twahageze, igihe kirageze. Kwizera kwizamurwa kuzuzura ubugingo bwacu, ubwenge n’umubiri. Noneho iyi mibiri ipfa izambara kudapfa mu buntu bw’izamurwa mu Mwami.
Kandi hanyuma tuzatangira guhurira hamwe. Twebwe abakiriho ndetse dusigaye tuzahindurwa. Iyi mibiri ipfa ntizongera kubona urupfu. Mu buryo butunguranye, hazaba nko guhuha guciyeho… tuzahindurwa. Kuva kuba umusaza ukaba umusore, kuva kuba umukecuru ugahinduka umukobwa ukiri muto.
We ni Ijambo ryambaye umubiri, atari Ijambo ryo mu minsi ya Mose, Mose cyari icyo gihe, Ijambo, atari Ijambo ryo mu gihe cya Nowa, Nowa yari Ijambo ry’icyo gihe, ntabwo ari icyo gihe… Ijambo ryo mu minsi ya Eliya, Eliya yari Ijambo ryo muri icyo gihe; ariko We ni Ijambo ryo mu ndagihe(uyu munsi), kandi bagendaga babaho nyuma.
Ese uriteguye?…. Ngibi biraje. Ni inkubwe ebyiri ndetse biraremereye, kandi turabikunda cyane!!
Icyo kintu kimwe cyongeye kwisubiramo! Icyo ni igihamya cy’Umwuka Wera, igihe Imana ibiguhishuriye kandi ukabibona, UKU NIKO UWITEKA AVUZE maze ukabyemera. Atari icyo uricyo, icyo waricyo, cyangwa icyo aricyo cyose kuri byo, ni icyo Imana yakoze kubwawe ubu. Ngicyo igihamya.
Halleluya, Yatewe imisumari. NONEHO reka tumwumve Aduhamiriza.
Yaduhaye ibimenyetso by’Umwuka Wera, Yahona 14. Yaravuze ngo,”Mfite byinshi byo kubabwira. Ntabwo Nabonye umwanya wo kubikora, ariko igihe Umwuka Wera azaza, Azabibabwira, Azabibutsa ibyo nababwiye, kandi Azaberaka n’ibyenda kubaho.” Ese ntimuri kubibona? Ngaho aho ibimenyetso biri. Uko ni ukuvuga mbere no kubaho… kubwo kugira ubusobanuro bwa Kimana bw’Ijambo ryanditse. Ubu se, si cyo kimenyetso cy’umuhanuzi?
Umwuka Wera ni umuhanuzi wa buri gisekuru. Ni umuhanuzi w’igisekuru cyacu. Ijambo riza GUSA kuri uwo muhanuzi. Ni Imana irimo kuvuga no kwihishura Ubwayo binyuze mu muhanuzi Wayo. We ni Ijambo ry’umunsi. Ubu Butumwa, BURI KURI KASETE, ni ubusobanuro butunganye bw’Ijambo, hamwe no guhamirizwa kwa Kimana.
“Igihe igitunganye kizaza, ikituzuye kizakurwaho.” Utwo tuntu duto two kwitera hejuru no hasi nk’abana, tugerageza kuvuga mu ndimi, ndetse n’ibyo bintu bindi byose, igihe icyo gitunganye… Kandi turagifite uyu munsi, binyuze mu gufashwa n’Imana, ubusobanuro butunganye bw’Ijambo hamwe no guhamirizwa kwa Kimana! Noneho ibyo bituzuye bigomba gukurwaho. “Igihe nari umwana, navugaga nk’umwana; ariko igihe mpindutse mukuru, ndekura ibyo bintu by’ubwana.” Amen!
Icyo gitunganye cyaraje; ubusobanuro butunganye bw’Ijambo. KANDA BIVUGE. Icyo nicyo gusa Umugeni We akeneye, kandi ni ibyo gusa Ashaka.
Ngwino hamwe natwe maze dufatanye Gukandaho Bikavuga kuri iki Cyumweru I Sasita z’amanywa, ku isaha y’I Jeffersonville, maze twumve IJAMBO RITUNGANYE, HAMWE N’UBUSOBANURO BUTUNGANYE, HAMWE NO GUHAMIRIZA KWA KIMANA mu gihe twumva:
Nta guteranira hamwe kunini, nta gusigwa gukomeye, ntahantu heza ho kuba byaruta kwicara hamwe Ahantu ho mu ijuru, twumva Ijwi ry’Imana.
Ndagutumiye kuza kumva Ijwi ryemejwe n’Imana hamwe natwe kuri iki cyumweru saa 12h00 z’amanywa, isaha y’i Jeffersonville, ubwo Yongera kutuvugisha indi nshuro Abinyujije mu ntumwa malayika Wayo, maze agasubiza ibibazo byose dufite ku mitima yacu, akaduhamiriza ko turi Umugeni We.
Bro. Joseph Branham
Ubutumwa bwo ku cyumweru: Ibibazo nibisubizo # 1 64-0823M