Category Archives: Uncategorized

25-1116 Kristo Ugaragajwe Mu Bisekuru Byose

Ubutumwa : 64-0617 “Kristo Ugaragajwe Mu Bisekuru Byose

Complete

BranhamTabernacle.org

Mukundwa Jambo ry’Imana Rizima

Mu gihe cy’iyo myaka yose, Ibyo nabihishe mu mutima wanjye, mpishe (ntwikiriye) Kristo, ya Nkingi imwe y’Umuriro isobanura Ijambo, nk’uko byasezeranyijwe.

Ndabizi ko ibi bigiye kumvikana nabi ku bantu benshi, ariko mubashije kwihanganira marayika w’Imana akanya gato, maze mugasaba Imana Guhishurirwa kuruseho, nizera ko we, kubwo gufashwa n’Imana hamwe n’Ijambo Ryayo, ndetse bikurikije Ijambo Ryayo, azamuzana hano imbere yanyu. Imana, yitwikuruye kandi Ikigaragaza Ubwayo, isobanura kandi ihishura Ijambo Ryayo.

Mbega ububyutse bwabayeho muri uku kwezi gushize mu Mugeni wa Yesu Kristo. Imana, yitwikurura Ubwayo kuruta uko byigeze biba mbere, Ivugana n’Umukundwa Wayo, Igirana urukundo na We, Imwemeza neza ko We, Twe turi Umwe na We.

Nta gutinya guhari, nta gukekeranya, nta kwifata, habe n’agacu ko gushidikanya; Imana yaduhishuriye ko: Ijwi ry’Imana rivuga ku makasete ari INZIRA YATANZWE N’IMANA KANDI ITUNGANYE KUBW’UMUGENI WAYO UYU MUNSI.

Yatanze iyi nzira kugira ngo bitazadusaba kuyungurura, kubitangaho umucyo, gusobanura, habe no kugira ngo umuntu wese abifate uko yiboneye; ahubwo mwumve Ijwi ry’Imana ritunganye rivugana natwe umunwa kugutwi.

Yaribizi ko iki gihe kizaza. Yaribizi ko Umugeni Wayo yagombaga kurya gusa Manu Yahishwe, Ibyo Kurya by’Intama Byayo. Ntabwo twakwifuza kumva ikindi kintu uretse Ijwi ry’Imana rivuye ku Mana Ubwayo.

Twasatuye muri icyo gitwikirizo twinjira mu Bwiza bwa Shekina. Isi ntabwo ishobora kubibona. Umuhanuzi wacu ashobora kuba ataravugaga amagambo neza. Ashobora kuba atari yambaye neza. Ashobora kuba atari yambaye imyambaro myiza ya cyihayimana. Ariko inyuma y’urwo ruhu rw’umuntu, mu imbere aho hari Ubwiza bwa Shekina. Mu imbere aho harimo imbaraga. Imbere aho harimo Ijambo. Imbera aho harimo imitsima yo kumurikwa. Aho mu imbere harimo Ubwiza bwa Shekina, ari wo Mucyo ukomeza Umugeni.

Kandi kugeza igihe uzinjira aho inyuma y’ako gahu ka gasamunyiga, kugeza ubwo uzasohoka inyuma y’urwo ruhu rwawe rushaje, muri ibyo bitekerezo bishaje, iyo mihango yawe ya kera maze ukinjira mu bwiza bw’Imana; nibwo Ijambo rizahinduka rizima kuri wowe by’ukuri,noneho nibwo uzasobanukirwa Ubwiza bwa Shekina, nibwo Bibiliya izahinduka Igitabo gishya, noneho Yesu akaba ari uko yari ejo hashize, uyu munsi ndetse n’iteka ryose. Ugatura mu Bwiza Bwe, murya umutsima umuritswe watuwe uwo munsi ku bw’abizera bonyine, ku bw’abatambyi bonyine. “Kandi turi abatambyi, ubutambyi bwa cyami, ishyanga ryera, ubwoko bwihariye, butura Imana ibitambo by’umwuka.” Ariko ikibakwiye ni ukwinjira, kugera inyuma y’igikingiriza, ngo tubone Imana ihishutse. Kandi Imana yarahishutse: iryo ni Ijambo Ryayo rigaragajwe.

Turi intamenyekana ku b’isi, ariko turanyuzwe kumenya uwo Ivisi yacu ari we kandi dutewe ishema no kuba amaburo yo kuri kasete Ye, dufite inzira zihura n’Ijambo Rye, nkuko bidukururira kuri We.

Niba mudafungiwe ku makasete, nta kintu muricyo uretse ikirundo cy’ibyuma bijegera!!!

Mu by’ukuri, mwitegereze rero, Imana! Yesu yavuze ko abo Ijambo ry’Imana ryajeho biswe imana: bari abahanuzi. Nyamara, umuntu ubwe ntiyari Imana, ndetse n’umubiri wa Yesu Kristo ntiwari Imana. Yari Umuntu, kandi Imana yari yihishe muri We.

Imana, igihe kimwe yihishe inyuma y’impu za tahashi. Imana, igihe kimwe yihishe inyuma y’umubiri w’umuntu witwa Melikisedeki. Imana, yihishe mu muntu witwa Yesu. Imana, yihishe mu muntu witwa William Marrion Branham. Imana yihishe mu mubiri w’umuntu witwa UMUGENI WAYO.

Ni ingenzi cyane kubyibuka, ariko abenshi barananiwe kandi barimo barashaka ikindi kintu. Ikintu cya nyuma Abraham yabonye, ikintu cya nyuma cyabayeho mbere y’uko umuriro umanuka kandi isi y’abanyamahanga bagacirwa urubanza, mbere y’uko umwana wasezeranwe yinjira mu murimo, ikintu cya nyuma itorero rya gikristo rizabona kugeza kugaragara kwa Yesu Kristo ni Melikisedeki, Imana yiyerekanye mu mubiri, ihishura Ijambo Ryayo ku Mugeni Wayo

Nta kindi kigomba kuza. Nta kindi kintu cyasezeranwe mu Ijambo Ryayo. Nta muntu, habe n’itsinda ry’abantu bazaza kugira ngo batunganye Umugeni.

Oya. Bifuza kuza aha ku itorero kubwo gutunganywa. Murabona? Aha ku itorero, twebwe – dufitanye ubusabane bamwe ku bandi, ariko ugutunganywa guturuka ku mushyikirano hagati y’Imana na twe. Ni amaraso ya Kristo adutunganya kubw’Umwuka Wera.

Ubu butumwa, Iri Jwi, Ijambo ry’Imana rihamirijwe, ni uguhamiriza Umugeni wa Yesu Kristo.

Ndagutumira kugira ngo uze wumvire hamwe natwe Ijwi ry’Imana mu gihe ritunganya Umugeni Wayo kuri iki Cyumweru I Saa Sita z’amanywa ku Isaha y’I Jeffersonvile, mu gihe twumva : 64-0617 “Kristo Ugaragajwe Mu Bisekuru Byose”.

Mwene Data Joseph Branham

Ibyanditswe byo gusoma mbere yo kumva Ubutumwa:

Gutegeka kwa Kabiri 18:15
Uwiteka Imana yawe izabahagurukiriza umuhanuzi umeze nkanjye ukomotse hagati muri mwe, muri bene wanyu, azabe ari we mwumvira.

Zekariya 14:6
Nuko uwo munsi ntihazabaho umucyo urabagirana, kandi ntuzaba ikibunda.

Malaki 3:1-6
Dore nzatuma integuza yanjye, izambanziriza intunganyirize inzira. Umwami mushaka azāduka mu rusengero rwe, kandi intumwa y’isezerano mwishimana dore iraje. Ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga.
Ni nde uzabasha kwihangana ku munsi wo kuza kwe? Kandi ni nde uzahagarara ubwo azaboneka? Kuko ameze nk’umuriro w’umucuzi, n’isabune y’abameshi.
Kandi azicara nk’ucura ifeza akayitunganya akayimaramo inkamba, azatunganya abahungu ba Lewi, abacenshure nk’uko bacenshura izahabu n’ifeza, maze bazature Uwiteka amaturo bakiranutse.
Maze amaturo y’i Buyuda n’i Yerusalemu azanezeze Uwiteka, nk’uko yamunezezaga mu minsi ya kera no mu myaka yashize.
Kandi nzabegera nce urubanza, nzabanguka gushinja abarozi n’abasambanyi n’abarahira ibinyoma, n’abima abakozi ibihembo byabo, bakarenganya abapfakazi n’impfubyi, bakagirira nabi umunyamahanga kandi ntibanyubahe. Ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga.
Kuko jyewe Uwiteka ntabwo mpinduka, ni cyo gituma abahungu ba Yakobo mutamarwaho.

Luka 17:28-30
No mu minsi ya Loti na yo byari bimeze bityo: bararyaga, baranywaga, baraguraga, barabibaga, barubakaga,
maze umunsi Loti yavuye i Sodomu, umuriro n’amazuku biva mu ijuru biragwa, birabarimbura bose.
Ni na ko bizamera umunsi Umwana w’umuntu azabonekeraho.

Yohana 1:1
Mbere na mbere hariho Jambo; Jambo uwo yahoranye n’Imana kandi Jambo yari Imana.

Yohana 4:1-30
Nuko Umwami Yesu amenya yuko Abafarisayo bumvise ko yigisha kandi abatiza benshi, arusha Yohana,
(icyakora Yesu ubwe si we wabatizaga, ahubwo ni abigishwa be),
ni cyo cyatumye ava i Yudaya agasubira i Galilaya,
yiyumvamo ko akwiriye kunyura i Samariya.
Nuko agera mu mudugudu w’i Samariya witwa Sukara, bugufi bw’igikingi Yakobo yahaye umwana we Yosefu,
kandi aho hari iriba rya Yakobo. Nuko Yesu ananijwe n’uko yagenze cyane apfa kwicara kuri iryo riba, hari nk’isaha esheshatu.
Umusamariyakazi aza kuvoma, Yesu aramubwira ati “Mpa utuzi two kunywa”,
(kuko abigishwa be bari bagiye mu mudugudu kugura ibyo kurya.)
Umusamariyakazi aramusubiza ati “Ko uri Umuyuda nkaba Umusamariyakazi, uransaba amazi ute?” Icyatumye abaza atyo ni uko Abayuda banenaga Abasamariya.
Yesu aramusubiza ati “Iyaba wari uzi impano y’Imana, ukamenya n’ugusabye amazi uwo ari we, nawe uba umusabye na we akaguha amazi y’ubugingo.”
Undi ati “Databuja, ko udafite icyo uvomesha n’iriba rikaba ari rirerire, none se ayo mazi y’ubugingo wayakura he?
Mbese ye uruta sogokuruza Yakobo wadufukuriye iri riba, kandi akaba yaranywaga amazi yaryo ubwe n’abana be n’amatungo ye?”
Yesu aramusubiza ati “Umuntu wese unywa aya mazi azongera kugira inyota,
ariko unywa amazi nzamuha ntazagira inyota rwose iteka ryose, ahubwo amazi nzamuha azamuhindukiramo isoko y’amazi adudubiza kugeza mu bugingo buhoraho.”
Umugore aramubwira ati “Databuja, mpa kuri ayo mazi ntazagira inyota, kandi ntazagaruka kuvoma hano kuko ari kure.”
Yesu aramubwira ati “Genda uhamagare umugabo wawe maze ugaruke hano.”
Umugore aramusubiza ati “Nta mugabo mfite.” Yesu aramubwira ati “Uvuze ukuri yuko udafite umugabo,
kuko wari ufite abagabo batanu, n’uwo ufite ubu si uwawe. Ibyo byo ubivuze ukuri.”
Umugore aramubwira ati “Databuja, menye yuko uri umuhanuzi.
Ba sogokuruza bacu basengeraga kuri uyu musozi, namwe mukagira ngo i Yerusalemu ni ho hakwiriye gusengerwa.”
Yesu aramusubiza ati “Mugore, nyizera. Igihe kizaza, ubwo bazaba batagisengera Data kuri uyu musozi cyangwa i Yerusalemu.
Dore mwebweho musenga icyo mutazi, ariko twebwe dusenga ibyo tuzi kuko agakiza kava mu Bayuda.
Ariko igihe kiraje ndetse kirasohoye, ubwo abasenga by’ukuri basengera Data mu Mwuka no mu kuri, kuko Data ashaka ko bene abo ari bo bamusenga.
Imana ni Umwuka, n’abayisenga bakwiriye kuyisengera mu Mwuka no mu kuri.”
Umugore aramubwira ati “Nzi yuko Mesiya azaza, ari we witwa Kristo, kandi ubwo azaza azatubwira byose.”
Yesu aramubwira ati “Ni jye tuvugana.”
Uwo mwanya abigishwa be baraza batangazwa n’uko avugana n’uwo mugore, ariko ntihagira umubaza ati “Urashaka iki?” Cyangwa ati “Ni iki gitumye uvugana na we?”
Nuko uwo mugore asiga ikibindi cye, aragenda ajya mu mudugudu abwira abantu ati
Nimuze murebe umuntu umbwiye ibyo nakoze byose, murebe ahari ko ari Kristo!
Bava mu mudugudu ngo baze aho ari.

Yohana 8:57-58
Abayuda baramubwira bati “Ko utaramara imyaka mirongo itanu, Aburahamu wamubonye ute?”
Yesu arababwira ati “Ni ukuri, ni ukuri, ndababwira yuko Aburahamu ataravuka, ndiho.”

Yohana 10:32-39
Yesu arababwira ati “Naberetse imirimo myinshi myiza yavuye kuri Data, noneho ni uwuhe murimo muri yo ubatera kuntera amabuye?”
Abayuda baramusubiza bati “Ku bw’imirimo myiza ntitugutera amabuye, ahubwo tuguhora kwigereranya, kuko uri umuntu ukigira Imana.”
Yesu arabasubiza ati “Ntibyanditswe mu mategeko yanyu ngo ‘Navuze ngo: Muri imana’?
Nuko ubwo yabise imana, abo ijambo ry’Imana ryajeho kandi ibyanditswe bitabasha gukuka,
mubwirira iki uwo Data yejeje akamutuma mu isi muti ‘Wigereranije’, kuko navuze nti ‘Ndi Umwana w’Imana’?
Niba ntakora imirimo ya Data ntimunyizere.
Ariko ninyikora, nubwo mutanyizera mwizere imirimo ubwayo, kugira ngo mumenye neza yuko Data ari muri jye, nanjye nkaba ndi muri Data.”
Nuko bongera gushaka kumufata, ariko abava mu maboko.

Abaheburayo 1:1
Kera Imana yavuganiye na ba sogokuruza mu kanwa k’abahanuzi mu bihe byinshi no mu buryo bwinshi,

Abaheburayo 4:12
Kuko ijambo ry’Imana ari rizima, rifite imbaraga kandi rikagira ubugi buruta ubw’inkota zose, rigahinguranya ndetse kugeza ubwo rigabanya ubugingo n’umwuka, rikagabanya ingingo n’umusokōro kandi rikabangukira kugenzura ibyo umutima wibwira ukagambirira.

Abaheburayo 13:8
Yesu Kristo uko yari ari ejo, n’uyu munsi ni ko ari kandi ni ko azahora iteka ryose.

Ibyahishuwe 22:19
Kandi nihagira umuntu ukura ku magambo y’igitabo cy’ubu buhanuzi, Imana izamukura ku mugabane wa cya giti cy’ubugingo no ku wa rwa rurembo rwera, byanditswe muri iki gitabo.”

25-1109 Umusazi

Ubutumwa : Umusazi 64-0614E

Complete

BranhamTabernacle.org

Mukundwa Mana yitwikiriye uruhu

Ntabwo tukiri inyuma y’igitwikirizo ukundi, Bana bato, Imana yarihishuye mu buryo bugaragara imbere yacu. Imana ikomeye y’Ijuru n’isi, Iyo yagiye yihisha abantu b’ibihe byose iri mu Nkingi y’Umuriro yaraje ivuye mu Mana maze yinjira mu mubiri wo ku isi witwa Yesu; hanyuma yongera gusubira mu Nkingi y’Umuriro nuko ibonekera Pawulo mu nzira ijya i Damasiko, yongeye kwiyerekana mu buryo bugaragara maze yongera gutura mu mubiri w’umuntu muri marayika Wayo Intumwa, William Marrion Branham, ihamagara Umugeni kuri Yo Ubwayo.

Imana yashyizeho marayika Wayo ku isi kugira ngo ayihagararire nk’amabasaderi Wayo usizwe wo kwinjira mu iby’indengakamere bitazwi. Ararondora akazana ibintu ubwenge busanzwe budashobora kugira na kimwe bumenyaho. Yashyizweho kugira ngo azane ubwiru bw’Imana kandi avuge mbere ibiriho biba, ndetse n’ibyabayeho, n’ibizabaho. We ni Ijwi ry’Imana ku Mugeni.

Ni ibiki? Imana, Imana mu mibiri, umubiri wa kimuntu. Ukuri kudashidikanywaho.

Abanegura benshi uyu munsi ntibashobora kudusobanukirwa twe abizera b’ukuri. Kuri bo, twahindutse abadafite icyo bavuze. Bavuga ko turi abizera ibyo kugira abantu imana kandi tukaba turamya umuhanuzi…

Hashize igihe gito umuneguranyi umwe yambwiye, hariya i Tucson ati: “Urabizi, bamwe bagufata nk’umusazi, na ho abandi bakagufata nk’imana.”
Ndavuga nti: “Mu by’ukuri, aba bari mu kuri.” Nari nzi ko yashakaga kunegura. Murabona?
Avuga ati: “Abantu batekereza ko uri imana.”

Nkuko byari bimeze mu gihe cya Yesu igihe yari hano ku isi, niko bimeze uyu munsi hamwe n’umuhanuzi Wayo. Abantu ntabwo bakiri inyuma y’igitwikirizo; bahumishijwe ku kuri. Nta kindi dushaka uretse inzira yateguwe n’Imana kubw’uyu munsi: Yo Ubwayo yihishe mu mubiri, Ijwi ry’Imana iryo ryafashwe amajwi maze rigahunikwa kubw’Umugeni.

Igihe Imana yiyerekanye mu isi, Yarimo yihisha inyuma y’igitwikirizo; inyuma y’uruhu rw’Umuntu witwa Yesu. Yaritwikiriye kandi yihisha inyuma y’uruhu rw’umuntu witwa Mose, kandi bari imana, atari Imana; ahubwo bari Imana, Imana imwe, yahinduraga gusa amashusho Yayo, Ikora cya kintu kimwe igihe cyose, ikazana Ijambo. Imana yabigenye ityo.

Twe gusa twafatanijwe n’Ijambo. Ubutumwa bw’igihe. Ryatugize Ijambo ritwikiriye inyuma y’uruhu rw’umuntu. Umugeni n’Umukwe ni umwe. Imana ni imwe, kandi Ijambo ni Imana! Twafatanijwe n’Ijambo.

Ikibabaje, gutandukana hagati mu bizera uyu munsi guterwa ni uko bumva ko twita cyane ku muhanuzi w’Imana wahamirijwe. Ku bihabanye n’ibyo bashaka gushyira ubwo buyobozi ku bapasteri babo.

Imana ntabwo ijya ihindura gahunda Yayo; Yohereza UMUNTU UMWE kugira ngo ayobora Umugeni Wayo. Ni Umwuka Wera Wayo kuri buri umwe wese muri twe, utuyobora akoresheje INKINGI Y’UMURIRO.

Ijambo riza ku muntu umwe gusa. Muri buri gisekuru, niko byagenze, no mu bisekuruza by’itorero, kuva ku cya mbere kugeza ku cya nyuma. Abandi bagize umwanya wabo, ni ukuri, mwitegereze, ariko muhagarare kure y’iyo Nkingi y’Umuriro. Murabona?

ARIKO NI IKI TWUMVA UYU MUNSI… ICYO KINTU KIMWE

Muribuka icyo Dathan n’abandi bavuze, aho hakurya? Baravuze bati: “Noneho, Mose, itonde akanya gato, aho! Wiha ibintu byose, urabona? Noneho, hari abandi bantu aha Imana yahamagaye.”

Ntabwo turwanya ubukozi; Imana yarabahamagaye, ariko bene Data na bashiki bacu, niba pasteri wanyu adafata iryo Jwi ry’Imana nk’Ijwi ry’ingenzi cyane mugomba kumva binyuze mu kuvuza amakasete mu rusengero rwanyu, ntabwo arimo abayobora mu nzira yateguwe n’Imana.

Ibyo ni ukuri. Bo, buri wese muri bo yakurikiraga neza, igihe cyose bakurikiraga, ariko igihe umwe muri bo yagerageje kwishyira hejuru no gufata umwanya Imana yahaye Mose, – wari warabigenewe kandi akanashyirwaho ku bw’uwo murimo, – yagerageje kuwufata, umuriro waramanutse, wafunguye ubutaka kandi buhita bubamira uwo mwanya. Murabona? Murabona?

Dukwiriye twese komatana n’Ijambo ryavuzwe kandi rigashyirwa ku makasete. Icyo ni Ikidakuka cy’Imana. Iryo niryo Jambo ryonyine Umugeni yemeranya naryo. Ubukozi ntabwo buzigera bwunga Umugeni, ni Ijwi ry’Imana ryonyine riri ku makasete.

Nta cyo nashobora gukora ntabafite; nta cyo mwashobora gukora mutamfite, kandi nta cyo twashobora gukora ari nta Mana dufite. Rero, twese hamwe tugize ubumwe, imbumbe… Imana yantumye ku bw’intego. Mubyizere, kandi bizasohora. Ni byo, neza neza (Murabona?), bihamijwe mu buryo bwuzuye.

biri hamwe GUSA bikora UBUMWE, kwiyunga. Imana yohereje William Marrion Branham kubw’iyo mpamvu. Rero, niba GUSA ubyizeye, bizasohora; bihamirijwe mu buryo butunganye.

bashiki bacu na bene Data ntabwo ari njye urimo uvuga ibyo. NI IMANA IRIMO IVUGA IBYO INYURIYE MU MUHANUZI WAYO. Ntimukemere ko hagira umuntu ubabwira ibinyuranye nabyo cyangwa ngo abibasobanurire. IJWI RY’IMANA KU MAKASETE NIRYO RIZUNGA KANDI RIGATUNGANYA UMUGENI. IZINDI NZIRA ZOSE NTABWO UZIGERA UBA UMUGENI.

Ntekereza rero ko ari bimwe kuri benshi muri twe abakuru: Imana yihishe mu mubiri. Imana iri mu mubiri. Ibyo byagaragara nk’ubusazi imbere y’isi, ariko bimureherezaho abantu bose.

Ese muri kumva icyo arimo kuvuga? Imana ifite uruhu kuri yo irimo yikururiraho Abantu.

Mu gihe isi irimo yizirika ku bidafite agaciro, turimo turizirika ku Ijwi ry’Imana kandi twitwa Umugeni. Ririmo riradusohora muri ako kajagari, ritwinjiza Imbere y’Imana. Turi intamenyekana zaziritswe ku Ijambo ry’imana.,

Ngwino kandi uzirikwe ku Ijwi ry’Imana hamwe natwe kuri iki Cyumweru I Saa Sita z’Amanywa, ku isaha y’I Jeffersonville, mu gihe rikururira abantu bose kuri We.

Mwene Data Joseph Branham

Ubutumwa: Umusazi 64-0614E

Ibyanditswe:

1 Abakorinto 1:18-25
Ijambo ry’umusaraba ku barimbuka ni ubupfu, ariko kuri twebwe abakizwa ni imbaraga z’Imana,
kuko byanditswe ngo”Nzarimbura ubwenge bw’abanyabwenge, N’ubuhanga bw’abahanga nzabuhindura ubusa.”
Mbese none umunyabwenge ari he? Umwanditsi ari he? Umunyampaka wo muri iki gihe ari he? Ubwenge bw’iyi si Imana ntiyabuhinduye ubupfu?
Kuko ubwo ubwenge bw’Imana bwategetse ko ab’isi badaheshwa kumenya Imana n’ubwenge bw’isi, Imana yishimiye gukirisha abayizera ubupfu bw’ibibwirizwa.
Dore Abayuda basaba ibimenyetso naho Abagiriki bo bashakashaka ubwenge,
ariko twebweho tubabwiriza ibya Kristo wabambwe. Uwo ku Bayuda ni ikigusha, ku banyamahanga ni ubupfu,
ariko ku bahamagawe b’Abayuda n’Abagiriki ni Kristo, ari we mbaraga z’Imana kandi ni ubwenge bwayo,
kuko ubupfu bw’Imana burusha abantu ubwenge, kandi intege nke z’Imana zirusha abantu imbaraga.

2 Abakorinto 12:11
Mpindutse umupfu ariko ni mwe mwabimpase, kuko ibyari bikwiriye ari uko mba narogejwe namwe. Dore za ntumwa zikomeye cyane nta cyo zandushije, nubwo nta cyo ndi cyo.

25-1102 Imana Itwikuruwe

Ubutumwa : 64-0614M Imana Itwikuruwe

complete

BranhamTabernacle.org

Mukundwa Wowe Jambo Rigaragajwe,,

Ese twashobora kubitekerezaho! Ya Nkingi imwe y’Umuriro yaje kuri abo bantu banditse Bibiliya niyo Nkingi y’Umuriro imwe turimo twumva buri munsi, idusobanurira ubwiru bwose bwa Bibiliya: Ijambo ry’Imana Rigaragajwe!

Imana yihishe Ubwayo mu Bahanuzi Bayo ba kera kugira ngo ibabwire Amagambo Yayo. Icyo nicyo Yakoze icyo gihe. Ariko mu minsi yacu, umuhanuzi wacu, William Marrion Branham yari Ijambo rizima ku bantu, atwikiriwe n’Inkingi y’Umuriro

Gusigwa ni umuntu. Ijambo Kristo bishatse kuvuga umuntu usizwe, murabona, “uwasizwe”. Noneho, Mose yari Kristo mu gihe cye, yari uwasizwe. Yeremiya yari Kristo mu gihe cye, hamwe n’umugabane w’Ijambo ku bw’icyo gihe.

Imana isobanura Ijambo Ryayo Bwite. Mwene Data Branham Akarivuga; Imana Yararisobanuye. Yari Afite Ijambo. Ntabwo ari itsinda, William Marrion Branham! UMUNTU UMWE Imana ifite. Ntabwo Yagira ibitekerezo bibiri cyangwa bitatu hamwe n’imyumvire itandukanye. Ifata UMUNTU UMWE, maze agahinduka Ijambo ry’Imana rizima ritwikiriwe inyuma y’umubiri w’umuntu.

Ntabwo turi inyuma y’igitwikirizo ukundi, bana bato, Imana yaje mu kugaragara kuzuye kwanyu. Cya gitwikirizo cya kera cy’idini n’imihango cyakuwe ku Ijambo ry’Imana, kugira ngo rigaragare! Muri iyi minsi yanyuma, icyo gitwikirizo cy’imihango cyaratanyaguwe, kandi hano hahagaze Inkingi y’Umuriro. Ngaha aho Ari, agaragaza Ijambo ry’iki gihe. Igitwikirizo cyaratanyaguwe.

Mwitegereze izo kasete, ukuntu zakurikiranye, mwitegereze buri imwe, ukuntu Ibyo byose bigenda bigaragara kurushaho; niba mufite amatwi yo kumva, murabona, n’amaso yo kureba.

Icyo nicyo gikomeje guhumisha abantu uyu munsi. Bashaka kuvuga ko bizera umuhanuzi w’Imana wazanye Ijambo, ariko noneho uko gusigwa kukaba kuri ku bandi kugira ngo batuyobore, atari umuhanuzi.

umuhanuzi yatubwiye ko Imana idashobora kwica Ijambo Ryayo. Mu minsi yanyuma, byongeye kuba icyo kintu kimwe. Imana ntishobora guhindura Inzira Yayo, cyangwa ngo ihindure Ijambo Ryayo. Yavuze ko Itajya ihinduka. Yagiye Yohereza abahanuzi Bayo atari ukugira ngo gusa bazane Ijambo Ryayo, ahubwo kugira bayobore Umugeni Wayo.

Nkuko byagiye bigenda mu bisekuru byose, Ubumana buhishe mu mubiri w’umuntu. Murebe, ni cyo Yakoze. Abahanuzi, bari Ubumana, buhishe. Bari Ijambo ry’Imana (Ese uko si ukuri?) rihishe mu mubiri w’umuntu. Rero, ntibanamenye Mose wacu, murabona, Yesu.

Ubu kuri twe ntabwo ari Ijambo ryanditse gusa, ahubwo ni ibifatika. Turi muri We. Ubu turanezerewe. Ubu turamwitegereza. Ubu turamureba, Jambo, wigaragaza Ubwe. Hanyuma tugahinduka igice Cye. Turi igitwikirizo kimutwikiriye. Turi igice Cye; igihe cyose Kristo ari muri wowe, nkuko Kristo yari uw’Imana.

Dutwikiriye Kristo mu ngando iri imbere mu mibiri yacu y’ubumuntu. Turi inzandiko zanditswe, Ijambo Ryanditse. Turi Ijambo ryanditswe, rigaragajwe.

Kandi iyo mubonye Ijambo rigaragajwe, muba mubonye Data, Imana, kubera ko Ijambo ari Data. Ijambo ni Imana. Kandi Ijambo rigaragajwe, ni Imana Ubwayo ifashe Ijambo Ryayo bwite maze ikarigaragaza mu bizera. Nta kindi gishobora kuribeshaho uretse abizera, abizera gusa.

Imana, yihishe mu mubiri w’umuntu, irimo kuvuga kandi Ikaduhishurira Ijambo Ryayo umunsi ku wundi. Imana mu mubiri w’umuntu ituye muri buri umwe muri twe.

Mwene Data Joseph Branham

Ubutumwa: 64-0614M “Imana Itwikuruwe”
Igihe: Saa Sita z’Amanywa, ku Isaha y’I Jeffersonville
*Mwibuke impinduka z’amasaha

25-1026 Gutumbira Yesu

Ubutumwa : 63-1229E Gutumbira Yesu

Complete

BranhamTabernacle.org

Bakundwa Abumva Amakasete

Igihe kirageze ubwo umuntu wese agomba kwibaza ngo: “Igihe ndimo kumva amakasete, ni ijwi bwoko ki mba ndimo kumva? Ese aba ari ijwi rya William Marrion Branham, cyangwa mba numva Ijwi ry’Imana ry’igihe cyacu? Ese aba ari Ijambo ry’Umuntu, cyangwa mba ndimo kumva Uku niko Uwiteka Avuze? Ese nkeneye uza ngo ansobanurira ibyo ndimo numva, cyangwa se Ijambo ry’Imana ryaba rikeneye ubusobanuro?”

Igisubizo cyacu ni: Turimo kumva Ijambo Rivuzwe ryambaye umubiri. Turimo kumva Alpha na Omega. Turimo turamwumva We, Nkingi y’Umuriro, avuga anyuriye mu minwa y’umuntu nkuko Yavuze ko Yajyaga kubigenza mu minsi yacu.

Ntabwo twumva umuntu, twumva Imana, uko yari ejo niko ari uyu munsi, kandi niko azahora iteka. Ijwi ry’Imana rirabangutse, kandi rifite imbaraga kurusha inkota ikebera amugi yombi, rihinguranya amagufa, kandi rikarondora ibitekerezo biri mu mutima.

Byaraduhishuriwe ko icyo Yaricyo igihe Yagendaga I Galilaya nicyo Aricyo uyu mugoroba muri Jeffersonville; nicyo kintu kimwe Aricyo kuri Branham Tabernacle. Ni Ijambo ry’Imana rigaragajwe. Icyo Yaricyo icyo gihe, Nicyo Aricyo uyu mugoroba, kandi nicyo Azabacyo iteka. Icyo Yavuze ko Azakora, Yamaze kugikora.

Umuntu ntabwo ari Imana, ariko Imana iriho kandi ivugana n’Umugeni Wayo inyuriye mu muntu. Ntabwo dutinyuka kuramya umuntu, ariko turamya Imana iri muri uwo muntu; kuko ni uwo muntu Imana yatoranije ngo abe IJWI RYAYO kandi ngo ayobore Umugeni Wayo muri iyi minsi ya nyuma.

Kubera ko yaduhaye uku Guhishurirwa gukomeye kw’igihe cya nyuma, ubu dushobora kumenya ABO TURIBO, Ijambo ryambaye umubiri muri iyi minsi yacu. Satani ntabwo ashobora kudushuka, kubera ko tuzi ko turi Umugeni Jambo umwari wagaruwe mu buryo bwuzuye.

Ririya Jwi ryaratubwiye ngo: Ibyo dukeneye byose TWAMAZE kubihabwa, ntabwo dukeneye gutegereza. Byaravuzwe, ni IBYACU, NITWE BENE BYO. Satani nta mbaraga afite kuri twe; yaratsinzwe.

Ni ukuri, Satani ashobora kuduteza uburwayi, umuhangayiko, no kurwara umutima. Ariko Data yamaze kuduha ubushobozi bwo KUBYIRUKANA… TUVUGA IJAMBO GUSA, kandi agomba kugenda… atari ukubera ko twe tuvuze dutyo, ahubwo kubera ko IMANA ARI UKO YAVUZE.

Imana imwe yaremye udukima, mu gihe nta dukima twari duhari. Iyo yahaye Mushiki wacu Hattie icyifuzo cy’umutima we: abahungu be babiri. Iyo yakijije ikibyimba Mushiki wacu Branham mbere y’uko ikiganza cya dogiteri kimukoraho. Niyo MANA IMWE atari ukuba iri kumwe natwe gusa, AHUBWO IBA KANDI ITUYE MURI TWE. TURI IJMABO RYAMBAYE UMUBIRI.

Igihe dushaka kandi tukumva Ijwi riri ku makasete, tubona kandi twumva Imana yihishura Ubwayo mu mubiri w’umuntu. Tubona kandi tukumva uwo Imana yohereje kutuyobora ngo atujyane mu Gihugu cy’isezerano. Tuzi neza ko ari Umugeni gusa uzagira iryo Hishurirwa, niyo mpamvu twahindutse abatagira ubwoba. Nta mpamvu yo guhagarika umutima, yo kwiheba, yo kugira umunabi, no kwibaza cyangwa gutinya… TURI UMUGENI.

Tega amatwi wumve, kandi ubeho, mwene Data, ubeho!
tega amatwi Yesu ubu kandi ubeho
Kubera ko byafashwe amajwi ku makasete, halleluya!
Niyo yonyine twumva maze tukabaho.

Oh, Mugeni wa Yesu Kristo, mbega umunsi ukomeye turi kubamo. Mbega icyo dutegereje, umunota ku munota. Umunsi uwo ariwo wose tugiye kujya kureba abo dukunda, noneho, mu kanya gato nk’ako guhumbya no guhumbura, tuzaba tuvuye hano kandi tuzaba turi kumwe nabo kurundi ruhande. Biregereje cyane bisa nkaho dushobora kubyiyumvamo… ICYUBAHIRO KIBE ICY’UWITEKA!

Ngwino Mugeni, reka twiyunge hamwe indi nshuro tuzengurutse Ijwi ry’Imana kuri iki Cyumweru I Saa Sita z’amanywa ku isaha y’I Jeffersonville, mu gihe tumwumva We atubwira Ijambo ry’Ubugingo Buhoraho.

Mwene Data Joseph Branham

Ubutumwa: 63-1229E Gutumbira Yesu

Ibyanditswe:

Kubara 21: 5-19
Abantu bavuga Imana na Mose nabi bati “Mwadukuriye iki muri Egiputa mukatuzana gupfira mu butayu? Ko ari nta mitsima tuhaboneye, akaba ari nta mazi, kandi tubihiwe n’iyi mitsima mibi.”
Uwiteka yohereza mu bantu inzoka z’ubusagwe butwika zirabarya, abantu benshi bo mu Bisirayeli barapfa.
Abantu basanga Mose baramubwira bati “Twakoze icyaha, kuko twavuze Uwiteka nawe nabi. Saba Uwiteka adukuremo izi nzoka.” Mose arabasabira.
Uwiteka abwira Mose ati “Cura inzoka isa n’izo, uyimanike ku giti cy’ibendera, maze uwariwe n’inzoka wese nayireba, arakira.”
Mose acura inzoka mu miringa, ayimanika ku giti cy’ibendera, uwo inzoka yariye yareba iyo nzoka y’umuringa, agakira.
Abisirayeli barahaguruka, babamba amahema muri Oboti.
Bahaguruka muri Oboti, babamba amahema Iyabarimu, iri mu butayu bw’iruhande rw’iburasirazuba rw’i Mowabu.
Barahahaguruka, babamba amahema mu gikombe cy’i Zeredi.
Barahahaguruka, babamba amahema hakurya y’umugezi wa Arunoni, uri mu butayu ugaturuka mu gihugu cy’Abamori, kuko Arunoni ari urugabano rw’i Mowabu, rugabanya Mowabu n’Abamori.
Ni cyo cyatumye byandikwa mu gitabo cy’Intambara z’Uwiteka ngo “Vahebu y’i Sufu, N’utugezi twa Arunoni,
N’umukoke w’utugezi Ugenda werekeje ku mazu ya Ari, Ugahererana n’urugabano rw’i Mowabu.”
Barahahaguruka bajya i Bēri. Iryo ni ryo riba Uwiteka yabwiye Mose ati “Teranya abantu mbahe amazi.”
Maze Abisirayeli baririmba iyi ndirimbo bati “Dudubiza Riba, nimuriririmbe.
Iri ni iriba ryafukuwe n’abatware, Iry’imfura z’abantu bafukurishije inkoni y’icyubahiro N’ingegene zabo.” Bahaguruka muri ubwo butayu bajya i Matana,
barahahaguruka bajya i Nahaliyeli, barahahaguruka bajya i Bamoti.

Yesaya 45: 22
Nimumpugukire mukizwe, mwa bari ku mpera z’isi mwese mwe, kuko ari jye Mana nta yindi ibaho.

Zekariya 12: 10
Kandi nzasuka ku nzu ya Dawidi no ku baturage b’i Yerusalemu umutima w’imbabazi n’uwo kwinginga. Bazitegereza jyewe uwo bacumise, bazamuborogera nk’uko umuntu aborogera umwana we w’ikinege, bazamuririra bashavure, nk’uko umuntu agirira umwana we w’imfura ishavu.

Yohana 14:12
Ni ukuri, ni ukuri, ndababwira yuko unyizera, imirimo nkora na we azayikora ndetse azakora n’iyiruta, kuko njya kwa Data.

25-1012 Kumaramaza

Ubutumwa : 63-0901E Kumaramaza

BranhamTabernacle.org

Mukundwa Mugeni wa Kasete,

Noneho mwebwe bantu muri mu makasete.

Mwami, ni buryo ki twasobanuramo icyo aya magambo atandatu asobanuye kuri twe, Umugeni wa Yesu Kristo? Ni Uguhishurirwa k’Ubutumwa bw’igihe kuri twe. Ni Imana irimo kuvuga inyuriye muri marayika Wayo intumwa Ibwira Umugeni Wayo ngo, “Ndabizi ko muzagumana n’Ijwi Ryanjye. Nzi icyo Ijambo Ryanjye kuri izi kasete risobanuye kuri mwe. Ndabizi ko muzagira Guhishurirwa ko ubu Butumwa Navuze ku makasete ari Ikimenyetso Cyanjye kubw’uyu munsi.”

“Nashyize Ijwi Ryanjye kuri aya makasete y’imigozi; kubera ko ubu Butumwa bugomba kubumbira hamwe Ijambo ryose. Hazaba ibihumbi gukuba ibihumbi bazumva Ijwi Ryanjye ku makasete kandi bazagira Guhishurirwa ko uyu ari umurimo Wanjye. Ni Umwuka Wera uyu munsi. Ni Ubutumwa bw’Ikimenyetso.”

“Nohereje ababwiriza benshi b’indahemuka hirya no hino mu isi kugira ngo bajye kwamamaza uyu Murimo Wanjye. Igihe bagarutse, barambwiye ngo, ‘Twubashye amategeko Yawe kubwo gucuranga amakasete Yawe. Twabonye abantu bizeye buri Jambo. Bahinduye amazu yabo urusengero rwo kwakira Ubutumwa Bwawe. Twababwiye ko bagomba kuza munsi y’Ikimenyetso, Ubutumwa bw’igihe, ko bazakizwa.”

Ni igihe aho buri muntu agomba kwigenzura kandi akibaza ubwe, ni iyihe nzira y’Imana itunganye uyu munsi? Ijambo ry’umuhanuzi ntiryigeze rinanirwa na rimwe. Ryarahamirijwe ko ariryo kuri RYONYINE, nicyo kintu CYONYINE kizunga Umugeni Wayo.

Buri kintu cyose yavuze cyagenze neza neza nkuko yakivuze. Inkingi y’Umuriro iracyari hano hamwe natwe. Ijwi ry’Imana riracyavugana natwe ku makasete. Umuhanuzi yatubwiye ko Imana izatunyuraho igihe Izabona Ikimenyetso. Ni igihe cyo kumaramaza kuri bose ngo bajye munsi y’Ubutumwa bw’Ikimenyetso

Twabonye Ukuboko gukomeye kw’Imana muri iki gihe cya nyuma. Yaduhaye Uguhishurirwa k’ukuri kw’Ijambo Ryayo kandi kwaje munsi y’ibiranga Ikimenyetso. Noneho, mu gihe turi munsi y’ibiranga Ikimenyetso, reka tujye hamwe maze dufate Ifunguro Ryera mu kumaramaza; kubera ko tuzi ko Imana irimo itegura gukubitisha urubanza.

Ndifuza gutumira buri wese muri mwe kugira ngo yumve kandi afate Igaburo Ryera hamwe n’Umurimo wo Kozanya Ibirenge kuri iki Cyumweru, mu gihe twumva Ubutumwa: Kumaramaza 63-0901E.

Ubutumwa n’Amateraniro y’Igaburo Ryera araba arimo gutambuka kuri Radiyo Ijwi guhera Saa Kumi n’Imwe z’umugoroba. Ku isaha y’I Jeffersonville. Nyamuneka niba mubishaka mushobora kugira amateraniro yanyu Saa Kumi n’Imwe z’Umugoroba ku isaha y’Iwanyu, kuko mbizi ko bizagora benshi bo mu bizera bo hakurya y’inyanja gutangira amateraniro yanyu kuri iriya saha. Haraba hari umurongo wo kumanuriraho inyandiko z’amateraniro

Mwene Data Joseph Branham

Ibyanditswe byo gusoma mbere y’Amateraniro:

Kuva 12:11
Uku abe ari ko muzazirya: muzazirye mukenyeye, mukwese inkweto, mwitwaje inkoni, muzazirye vuba vuba. Iyo ni yo Pasika y’Uwiteka.

Yeremiya 29:10-14

Ahubwo Uwiteka aravuga ati “Imyaka mirongo irindwi yahanuriwe i Babuloni nishira nzabagenderera, mbasohozeho ijambo ryanjye ryiza rituma mugaruka ino.
Erega nzi ibyo nibwira nzabagirira! Ni amahoro si bibi, kugira ngo mbareme umutima w’ibyo muzabona hanyuma. Ni ko Uwiteka avuga.
Kandi muzanyambaza, muzagenda munsenga nanjye nzabumvira.
Muzanshaka mumbone, nimunshakana umutima wanyu wose.
Nzabonwa namwe, ni ko Uwiteka avuga, kandi nzagarura abanyu bajyanywe ari imbohe, nzabakoranya mbakuye mu mahanga yose n’ahantu hose, aho nari narabatatanyirije, ni ko Uwiteka avuga, kandi nzabagarura aho nabakuje mukajyanwa muri imbohe.”

Luka 16:16
Amategeko n’abahanuzi byabayeho kugeza igihe cya Yohana, uhereye icyo gihe ni ho ubutumwa bwiza bw’ubwami bw’Imana bwigishirijwe, umuntu wese arabutwaranira.

Yohana 14:23
Yesu aramusubiza ati “Umuntu nankunda azitondera ijambo ryanjye, na Data azamukunda, tuzaza aho ari tugumane na we.

Abagalatiya 5:6
Muri Kristo Yesu gukebwa nta cyo kumaze cyangwa kudakebwa, ahubwo ikigira icyo kimaze ni ukwizera gukorera mu rukundo.

Yakobo 5:16
Mwaturirane ibyaha byanyu kandi musabirane, kugira ngo mukizwe. Gusenga k’umukiranutsi kugira umumaro mwinshi, iyo asenganye umwete.

25-1005 Ikimenyetso

Ubutumwa : Ikimenyetso 63-0901M

BranhamTabernacle.org

Mukundwa Mugeni Ushyizweho Ikimenyetso

Iyo duhuriye hamwe, ntabwo tuvuga gusa Ubutumwa, duhurira hamwe kugira ngo dushyireho Amaraso, mu gushyiraho Ikimenyetso; kandi Ikimenyetso ni Ubutumwa bw’igihe! Ubwo nibwo Butumwa bw’uyu munsi ! Ubwo nibwo butumwa bw’iki gihe.

Twakoresheje icyo Kimenyetso kuri twe ubwacu, ku ngo zacu, no ku miryano yacu. Ntabwo biduteye ipfunwe. Ntacyo bidutwaye uwabimenya wese. Turashaka ko buri muntu wese abimenya, unyuraho wese akwiye kukibona no kukimenya: Turi Abantu b’Amakasete. Turi Ingo z’Amakasete. Turi Umugeni w’Amakasete w’Imana

Umwuka Wera=Ikimenyetso=Ubutumwa. Byose ni kimwe. Ntabwo ushobora kubitandukanya. Data, Umwana, Umwuka Wera= Umwami Yesu Kristo. Ntushobora kubitandukanya.
Ubutumwa=Intumwa. Icyo abanenga bavuga cyose, UMUHANUZI YARAVUZE, ntabwo ushobora kubitandukanya.

Imana niyo munezero wacu. Imana niyo mbaraga zacu. Kubwo kumenya ubu Butumwa, kubwo kumenya ko ari ko Kuri konyine, kubwo kumenya ko ari Ikimenyetso, ibyo birahagije, ariko nyamara kigomba gushyirwaho.

Umuhanuzi yaravuze ngo ubu Butumwa ni Ikimenyetso kubw’uyu munsi. Ubu Butumwa ni Umwuka Wera. Niba hari Ihishurirwa ry’Ubutumwa ufite ushobora kubona mu buryo bweruye isaha turi kubamo. Rero benshi baravuga ngo, “Ndabyizera. Imana yohereje umuhanuzi. Ni Ubutumwa bw’igihe,” ariko bakirata bavuga ko ntabyo bakora, kandi ko batazigera babikora, gucuranga iryo Jwi nyirizina ry’Ikimenytso mu nsengero zabo.

Ese Imana ntiyavugiye muri marayika Wayo ukomeye kandi icyo Yavuze nicyo yashakaga kuvuga. Yatubwiye ko azatwigisha binyuze mu bishushanyo n’ibicucu. Muri ubu Butumwa umuhanuzi ajya kure mu kutubwira icyo Rahabu n’umuryango we bakoze kugira ngo BAROKOKE, kugira ngo bahinduke Umugeni. Agaragaza neza icyo Rahabu yakoze.

Igihe abasore b’amakasete bacuranze “KASETE”… Tegereza akanya gato, ni iki intumwa yakoze? Yacuranze Kasete. Noneho ni iki Rahabu yakoze? Yahinduye urugo rwe ITORERO RY’AMAKASETE. Ntabwo yari atewe isoni no kuvuga ngo, “Murabona kariya gatambaro gatukura, biriya bisobanura ko ndi ITORERO RY’AMAKASETE”

Mutekereza ko iyo ajya kuba yaravuze ngo, “Yego, nizera intumwa n’Ubutumwa, ariko ntabwo tuzigera ducuranga Amakasete mu nsengero zacu. Mfite pasteri wavuze OYA, we agomba kubwiriza kandi agasubiramo icyo amakasete yavuze.” Mutekereza ko yajyaga kurokoka…???

Yashyizeho ikimenyetso, kandi inzu ye irarokoka, naho ubundi yagombaga kurimbukira hepfo aho yari ari.

Mwumvise benshi mu babwiriza batanga impamvu kubijyanye no gucuranga amakasete, ariko hafi ya bose baravuga ngo, “umuhanuzi ntabwo yigeze avuga ko tuzacuranga amakasete mu rusengero.”

Umuhanuzi aravuga ngo Rahabu yahinduye urugo rwe itorero, kandi itorero rye ryacurangaga Amakasete. Kandi kubera ko yacurangaga Amakasete mu rusengero rwe, we, n’Itorero rye rya KASETE ryose, bari munsi y’Ikimenyetso kandi bararokotse. Andi matorero yararimbutse.

Mwene Data na Mushiki wacu, ndakwinginze, ntabwo ndimo kuvuga ko umupasteri atabwiriza ubu Butumwa, cyangwa ko byaba ari amakosa aramutse abikoze. Mu buryo bwanjye, ndimo ndabwiriza ubu binyuze muri uru rwandiko, ariko fungura umutima wawe maze wumve icyo umuhanuzi arimo kuvuga kandi atuburira kuri byo. Niba uri pasteri ukaba utajya, cyangwa utazigera, ucuranga amakasete mu rusengero rwawe kubwo gutanga impamvu runaka; icyo byaba biricyo cyose, bikurikije Ijambo, uko wavuga kose ko wizera Ubutumwa bw’igihe, nkurikije icyo nizera ko Ijambo rivuga, Ikimenyetso, Ubutumwa bw’iyi saha, ntabwo urimo kugishyiraho.

Kuri iki Cyumweru, ndagutumira ngo wumvire hamwe na Branham Tabernacle I saa Sita z’amanywa, ku isaha y’I Jeffersonville, Ubutumwa : Ikimenyetso 63-0901M. Niba udashobora kwifatanya natwe, ucurange Ubutumwa ubwaribwo bwose bw’Ikimenyetso, kandi ugishyireho.

Mwene Data Joseph Branham

Ibyanditswe byo gusoma mbere yo kumva Ubutumwa:

Yosuwa igice cya 12

Aba ni bo bami b’ibihugu Abisirayeli barwanije bagahindūra ibihugu byabo hakurya ya Yorodani iburasirazuba, uhereye ku kibaya cya Arunoni ukageza ku musozi wa Herumoni, no muri Araba yose iburasirazuba.

Igihugu cya Sihoni umwami w’Abamori wabaga i Heshiboni, agatwara Aroweri mu ruhande rw’ikibaya cya Arunoni n’umudugudu wari hagati mu kibaya, n’igice cy’i Galeyadi kugeza ku mugezi Yaboki mu rugabano rw’Abamoni.

Kandi uhereye muri Araba ukageza ku ruzi rwa Kinereti iburasirazuba no ku nyanja ya Araba, ari yo Nyanja y’Umunyu mu nzira y’iburasirazuba ijya i Betiyeshimoti urugabano rwacyo rw’iruhande rw’ikusi rwanyuraga munsi y’imirenge y’imisozi Pisiga.

Kandi ahindūra n’igihugu cya Ogi umwami w’i Bashani wo mu Barafa bacitse ku icumu, babaga muri Ashitaroti no muri Edureyi.

Ni we watwaraga umusozi wa Herumoni n’i Saleka n’i Bashani yose kugeza mu rugabano rw’Abanyageshuri n’Abanyamāka, igice cy’i Galeyadi kugeza ku rugabano rwa Sihoni umwami w’i Heshiboni.

Abo bose Mose umugaragu w’Uwiteka n’Abisirayeli barabishe, kandi Mose umugaragu w’Uwiteka ahaha Abarubeni n’Abagadi n’igice cy’umuryango wa Manase ngo habe ahabo.

Kandi aba ni bo bari abami b’ibihugu byo hakuno ya Yorodani iburengerazuba, abo Yosuwa n’Abisirayeli banesheje, uhereye i Bāligadi mu kibaya cy’i Lebanoni ukageza ku musozi wa Halaki uzamuka i Seyiri. Yosuwa agiha imiryango y’Abisirayeli ngo habe ahabo nk’uko bagabanijwe.

Igihugu cy’imisozi miremire n’icy’ikibaya n’icyo muri Araba, n’icy’imirenge y’imisozi n’icyo mu butayu n’icyo mu ruhande rw’ikusi, n’icy’Abaheti n’icy’Abamori n’icy’Abanyakanāni, n’icy’Abaferizi n’icy’Abahivi n’icy’Abayebusi.

Abo bami ni aba: umwe ni umwami w’i Yeriko, undi ni umwami wo muri Ayi hateganye n’i Beteli,

undi ni umwami w’i Yerusalemu, undi ni umwami w’i Heburoni,

undi ni umwami w’i Yaramuti, undi ni umwami w’i Lakishi,

undi ni umwami wo muri Eguloni, undi ni umwami w’i Gezeri,

undi ni umwami w’i Debira, undi ni umwami w’i Gederi,

undi ni umwami w’i Horuma, undi ni umwami wo muri Arada,

undi ni umwami w’i Libuna, undi ni umwami wo muri Adulamu,

undi ni umwami w’i Makeda, undi ni umwami w’i Beteli,

undi ni umwami w’i Tapuwa, undi ni umwami w’i Heferi,

undi ni umwami wo muri Afeka, ndi ni umwami w’i Sharoni,

undi ni umwami w’i Madoni, undi ni umwami w’i Hasori,

undi ni umwami w’i Shimuronimeroni, undi ni umwami wo muri Akishafu,

undi ni umwami w’i Tānaki, undi ni umwami w’i Megido,

undi ni umwami w’i Kedeshi, undi ni umwami w’i Yokineyamu y’i Karumeli,

undi ni umwami w’i Dori mu misozi y’i Dori, undi ni umwami w’i Goyimu y’i Gilugali,

undi ni umwami w’i Tirusa. Nuko abami bose bari mirongo itatu n’umwe.

Ibyakozwe 16:31

Baramusubiza bati “Izere Umwami Yesu, urakira ubwawe n’abo mu rugo rwawe.”

Ibyakozwe 19:1-7

Apolo ari i Korinto, Pawulo anyura mu bihugu byo haruguru asohora muri Efeso, asangayo abigishwa bamwe.

Arababaza ati “Mwahawe Umwuka Wera, mutangiye kwizera?” Baramusubiza bati “Ntabwo twari twumva yuko Umwuka Wera yaje.”

Arababaza ati “Mwabatijwe mubatizo ki?” Baramusubiza bati “Umubatizo wa Yohana.”

Pawulo ati “Yohana yabatije umubatizo wo kwihana, abwira abantu kwizera uzaza hanyuma ye, ari we Yesu.”

Babyumvise batyo babatizwa mu izina ry’Umwami Yesu.

Pawulo amaze kubarambikaho ibiganza Umwuka Wera abazaho, bavuga izindi ndimi barahanura.

Abo bantu bose bari nka cumi na babiri.

Abaroma 8:1

Nuko rero noneho abari muri Kristo Yesu nta teka bazacirwaho,

1 Abakorinto 12:13

kuko mu Mwuka umwe twese ari mo twabatirijwe kuba umubiri umwe, naho twaba Abayuda cyangwa Abagiriki, naho twaba imbata cyangwa ab’umudendezo. Kandi twese twujujwe Umwuka umwe.

Abefeso 2:12

mwibuke ko icyo gihe mwari mudafite Kristo mutandukanijwe n’Ubwisirayeli, muri abashyitsi ku masezerano y’ibyasezeranijwe, ari nta byiringiro mufite by’ibizaba, ahubwo mwari mu isi mudafite Imana Rurema.

Abefeso 4:30

Kandi ntimuteze agahinda Umwuka Wera w’Imana wabashyiriweho kuba ikimenyetso, kugeza ku munsi wo gucungurwa.

Abaheburayo 6:4

Kuko bidashoboka ko abamaze kuvirwa n’umucyo, bagasogongera impano iva mu ijuru, bakagabana ku Mwuka Wera,

Abaheburayo 9:11-14

Ariko Kristo amaze kuza, ahinduka umutambyi mukuru w’ibyiza bizaza, anyura mu ihema rirusha rya rindi gukomera no gutungana rwose ritaremwe n’intoki. Ibyo ni ukuvuga ngo ritari iryo mu byaremwe ibi.

Kandi ntiyinjijwe Ahera cyane n’amaraso y’ihene cyangwa n’ay’ibimasa, ahubwo yahinjijwe rimwe n’amaraso ye amaze kutubonera gucungurwa kw’iteka.

None ubwo amaraso y’ihene n’ay’amapfizi n’ivu ry’inka y’iriza, iyo biminjiriwe ku bahumanye ko byeza umubiri ugahumanuka,

nkanswe amaraso ya Kristo witambiye Imana atagira inenge ku bw’Umwuka w’iteka, ntazarushaho guhumanura imitima yanyu akayezaho imirimo ipfuye, kugira ngo mubone uko mukorera Imana ihoraho?

Abaheburayo 10:26-29

Niba dukora ibyaha nkana tumaze kumenya ukuri, ntihaba hagisigaye igitambo cy’ibyaha

keretse gutegerezanya ubwoba gucirwa ho iteka, no gutegereza umuriro w’inkazi uzarya abanzi b’Imana.

Uwasuzuguye amategeko ya Mose ko atababarirwaga, ahubwo bakamwica abagabo babiri cyangwa batatu bamushinje,

nkanswe ukandagiye Umwana w’Imana, agakerensa amaraso y’isezerano yamwejesheje, agahemura Umwuka utanga ubuntu! Ntimugira ngo azaba akwiriye igihano gikabije cyane kuruta bya bindi?

Abaheburayo 11:37

Bicishwaga amabuye bagakerezwa inkerezo, bakageragezwa bakicishwa inkota, bakazerera bambaye impu z’intama n’iz’ihene, banyazwe byose, bakababazwa bakagirirwa nabi.

Abaheburayo 12:24

Mwegereye na Yesu umuhuza w’isezerano rishya, mwegereye n’amaraso aminjagirwa, avuga ibyiza kurusha aya Abeli.

Abaheburayo 13:8, 10-20

Yesu Kristo uko yari ari ejo, n’uyu munsi ni ko ari kandi ni ko azahora iteka ryose.

Dufite igicaniro, icyo abakora umurimo wa rya hema badahawe uburenganzira bwo kuriraho.

Kuko intumbi z’amatungo, izo umutambyi mukuru ajyana amaraso yazo Ahera kuba impongano y’ibyaha, zitwikirwa inyuma y’urugo.

Ni cyo cyatumye na Yesu ababarizwa inyuma y’irembo, kugira ngo yejeshe abantu amaraso ye.

Nuko dusohoke, tumusange inyuma y’urugo twemeye gutukwa ku bwe,

kuko hano tudafite umudugudu uhoraho, ahubwo dushaka uzaza.

Nuko tujye dutambira Imana iteka igitambo cy’ishimwe tubiheshejwe na Yesu, ari cyo mbuto z’iminwa ihimbaza izina ryayo.

Kugira neza no kugira ubuntu ntimukabyibagirwe, kuko ibitambo bisa bityo ari byo binezeza Imana.

Mwumvire ababayobora mubagandukire, kuko ari bo baba maso barinda imitima yanyu nk’abazabibazwa. Nuko rero, mubumvire kugira ngo babikore banezerewe kandi batagononwa, kuko kubikorana akangononwa kutagira icyo kumarira mwebwe.

Mudusabire kuko twiringiye yuko tudafite umutima wicira urubanza, tukaba dushaka kugira ingeso nziza muri byose.

Kandi ndiyongeza kubahugura kudusabira, kugira ngo ntebutswe vuba kubagarurirwa.

Nuko Imana nyir’amahoro, yazuye Umutahiza w’intama ari we Mwami wacu Yesu, imuzurishije amaraso y’isezerano ry’iteka ryose,

Yohana 14:12

Ni ukuri, ni ukuri, ndababwira yuko unyizera, imirimo nkora na we azayikora ndetse azakora n’iyiruta, kuko njya kwa Data.

25-0928 Igihe cyo Kunga Ubumwe n’Ikimenyetso

Ubutumwa : 65-0818 Igihe cyo Kunga Ubumwe n’Ikimenyetso

Part 1

BranhamTabernacle.org

Mukundwa Mugeni Wunze Ubumwe

Ndanezerewe, kandi ntegerezanyije amatsiko menshi, kubwo kuba ndi igice cy’ibintu byose Imana irimo gukora muri iyi minsi yacu. Ibitekerezo by’Imana byo guhera mbere birimo gusohora ubu imbere y’amaso yacu, kandi turi igice cyabyo.

Hose muri Bibiliya, abahanuzi bahanuye kandi bavuga ibyagombaga kubaho. Rimwe na rimwe ibyahanuwe byamaraga imyaka amagana bitarasohora, ariko iyo igihe cyabaga cyuzuye, byabagaho; kubera ko igitekerezo cy’Imana kivuzwe n’umuhanuzi KIGOMBA gusohora.

Umuhanuzi Yesaya yaravuze ngo, “Umwari azasama inda”. Buri muryango w’abaheburayo wateguriraga umukobwa wabo muto kwakira uwo mwana. Bakagura udukweto n’utubote, n’amaranje, maze bakitegura umwana ugomba kuza. Ibisekuru byaratambutse, ariko amaherezo Ijambo ry’Imana ryaje gusohora.

Nkiri umwana muto, nakundaga kwibaza igihe cyose nti, Mwami, nabonye mu Ijambo Ryawe igihe cyose wagiye wunga ubumwe bw’ubwoko bwawe kugira ngo usohoze  Ijambo Ryawe.  Wunze ubumwe bw’abana b’abaheburayo binyuze mu muntu umwe, Mose, ariwe wabayoboye binyuze mu Nkingi y’Umuriro abajyana mu Gihugu cy’Isezerano.

Igihe Wambaye umubiri maze Ugatura hano ku isi, Wunze hamwe abigishwa Bawe. Wabatandukanije na buri kintu ndetse na buri wese kugira ngo Ubahishurire Ijambo Ryawe. Ku munsi wa Pantekote, Wongeye indi nshuro guhuriza ahantu hamwe Itorero Ryawe, mu bitekerezo bimwe no guhuza umutima mbere y’uko Uza kugira ngo ubahe Umwuka Wawe Wera.

Najyaga nibaza, niburyo ki Mwami ibyo byashoboka uyu munsi? Umugeni Wawe akwirakwijwe hirya no hino ku isi. Ese Umugeni wese azaza I Jeffersonville? Ibyo ntabyo nabonye biba Mwami. Ariko Uwiteka, ntabwo ujya uhindura gahunda Yawe. Ni Itegeko Ryawe, ntaburyo buhari bwashobora kubihagarika. Ese niburyo ki Uzabikora?

ICYUBAHIRO KIBE ICY’UWITEKA… UYU MUNSI, dushobora kubibona n’amaso yacu, kandi icy’ingenzi kurutaho, NI UKUBA TURI IGICE CYABYO: Ijambo ry’Iteka ry’Imana ririmo rirasohora. Ntabwo turi ahantu hamwe MU BURYO BW’UMUBIRI, dukwirakwijwe hirya no hino ku isi yose, ariko Umwuka Wera YUNZE HAMWE UMUGENI AKORESHEJE IJWI RY’IMANA. IJAMBO RYAYO RYAVUZWE KANDI RIGAFATWA AMAJWI KU MAKASETE, Ikidakuka cy’Imana kubw’uyu munsi, riri guhuriza hamwe kandi RIKUNGA UMUGENI WAYO… KANDI NTA KINTU GIHARI GISHOBORA KUBIHAGARIKA.

Imana irimo kunga hamwe Umugeni Wayo. Ari kujya hamwe, uhereye Iburasirazuba n’Iburengerazuba, n’Amajyaruguru n’Amajyepfo. Hariho igihe cyo kwihuriza hamwe, kandi biri kubaho ubu. Ni kuyihe mpamvu yihuza? Izamurwa. Amina!

Igihe cyo kunga ubumwe kirimo kubaho UBU NYINE!!! Ni iki kirimo kutwunga? Umwuka Wera binyuze mu Ijambo Ryayo, Ijwi Ryayo. Turi kunga ubumwe kubw’iki? IZAMURWA!!! Kandi turagiye ndeste nta n’UMWE tuzasiga inyuma.

Imana irimo kumutegura. Yego Mugabo, ukwihuriza hamwe! Ni iki Yihuza na cyo? Hamwe n’Ijambo!

Ijambo ry’igihe cyacu n’iki? Ubu BUTUMWA, IJWI RYAYO, Ijwi ry’Imana ku Mugeni Wayo. Ntabwo ari umuntu. Ntabwo ari abantu. Ntabwo ari itsinda. Uwahamirijwe n’Inkingi y’Umuriro, IJWI ry’Imana  riri ku makasete.

“Erega ijuru n’isi byose bizashira, ariko Ijambo Ryanjye ntirizashira.” Arimo kwihuza Ubwe n’UKU NIKO UWITEKA AVUZE atitaye ku byo amadini ayo ari yo yose cyangwa undi muntu wese avuga.

Hatitawe kucyo UWO ARIWE WESE yavuga, turimo turiyunga n’Ijwi ry’Uku Niko Uwiteka Avuze ry’igihe cyacu. Atari ubusobanuro bw’umuntu runaka; Nonese kubera iki tugomba gukora ibyo? Bigenda bihinduka kuri buri muntu, ariko Ijwi ry’Imana ku makasete NTIRYIGERA RIHINDUKA kandi ryatangajwe n’Inkingi y’Umuriro Ubwayo ko ari Ijambo ry’Imana n’Ijwi ry’Imana.

Ikibazo cyabyo ni iki,ku muntu, ntabwo amenya umuyobozi we. yego, mugabo. Bazihuriza inyuma y’idini, bazihuriza inyuma ya musenyeri cyangwa umuntu, ariko ntibazihuriza inyuma y’Umuyobozi, Umwuka Wera mu Ijambo. Murabona? Baravuga ngo, “Oh, rero, mfite ubwoba ko nzahindukamo inkundarubyino; Mfite ubwoba ko naca ahatariho.” ohhh, ngaho aho muri!

Aha niho abanegura bashinjira bereka amatorero yabo maze bakavuga ngo, “Murabona, barimo barashyira hejuru umuntu, Mwene Data Branham. Ni abizera ibyo kugira umuntu imana. kandi bakurikira umuntu, ntabwo ari Umwuka Wera.”

Ni ubupfu, Turimo turiyunga ku IJWI RY’IMANA RYAVUZWE RIGAHAMIRIZWA BINYUZE MU MUNTU. Mwibuke, uwo ni we muntu Imana yatoranije kugira ngo abe Ijwi Ryayo ryo guhamagara no kuyobora Umugeni Wayo muri iyi minsi. Iryo niryo Jwi RYONYINE ryahamirijwe n’Imana Ubwayo.

Ariko ku bihabanye nibyo, BO barimo kwiyunga ku BANTU. NTABWO bazavuza Ijwi ry’Imana riri ku makasete munsengero zabo. Muribaza ibyo bintu??? Umubwiriza ahamya ko yizera ubu Butumwa ko ari Ubutumwa bw’iyi saha, Uku Niko Uwiteka Avuze, ariko agashaka ubusobanuro bw’impamvu BATAvuza iri Jwi mu nsengero zabo, cyokora ubabwiriza BAGOMBA kumwumva n’abandi babwiriza Ijambo… Hanyuma bakavuga ko dukurikiye umuntu !!!

Twumvise Kucyumweru gishize icyo Imana yakoze kuri abo bantu!!

Turimo kwitegura Ubukwe. Turimo turahinduka Umwe hamwe na We. Ijambo rihinduka wowe, na we ugahinduka Ijambo. Yesu yaravuze ngo, “Icyo gihe muzabimenya. Ibyo Data aribyo byose, Ndibyo; kandi ibyo Ndibyo byose, muribyo, kandi ibyo muribyo byose, nibyo Ndibyo. Icyo gihe muzamenya ko Ndi muri Data, Data akaba muri Njye, Njye muri mwe, na mwe muri Njye.”

Urakoze Mwami kubwo Kwihishura Wowe Ubwawe, natwe, mu minsi yacu. Umugeni Wawe ari kwitegura Ubwe binyuze mu Ijambo Ryawe Rivuzwe. Turabizi ko turi Ubushake Bwawe butunganye kubwo kugumana n’Ijambo Ryawe rifashwe amajwi.

Ndatumira isi kugira ngo yumve Ijwi Ryonyine rihamirijwe n’Imana kubw’igihe cyacu  kuri iki Cyumweru. Muratumiwe kugira mwiyunge natwe Kucyumweru I Saa Sita z’Amanywa. Ku isaha y’I Jeffersonville, mu gihe twumva : 63-0818, Igihe cyo Kunga Ubumwe n’Ikimenyetso. Niba udashobora kujya ku murongo ngo wumve hamwe natwe, ufate kasete, KASETE IYO ARIYO YOSE; yose ni UKU NIKO UWITEKA AVUZE, kandi kumva Ijambo ry’Imana biragutunganya ndetse bikagutegurira kuza Kwe kwegereje.

Mwene Data Joseph Branham

Zaburi 86:1-11
Matayo 16:1-3

Arimo kwihuriza hamwe We ubwe. Arimo kwitegura. Kubera iki? Ni Umugeni. Uko ni ukuri. Kandi Arimo Yihuza hamwe n’Umukwe We, murabona, kandi Umukwe ni Jambo. “Mu ntangiriro hariho Ijambo, Ijambo ryari kumwe n’Imana, kandi Ijambo ryari Imana. Nuko Ijambo ryambaye umubiri ritura hagati muri twe.”

Zaburi 86:1-11

Gusenga kwa Dawidi. Uwiteka, ntegera ugutwi unsubirize, Kuko ndi umunyamubabaro n’umukene.

Rindira umutima wanjye kuko ndi umukunzi wawe, Mana yanjye, kiza umugaragu wawe ukwiringira.

Mwami, mbabaririra, Kuko ari wowe ntakira umunsi ukīra.

Wishimishiriza umutima w’umugaragu wawe, Kuko ari wowe Mwami ncururira umutima.

Kuko wowe Mwami uri mwiza, witeguye kubabarira, Kandi wuzuye imbabazi ku bakwambaza bose.

Uwiteka, tegera ugutwi gusenga kwanjye, Tyariza ugutwi ijwi ryo kwinginga kwanjye.

Ku munsi w’amakuba yanjye no ku w’ibyago byanjye nzakwambaza, Kuko uzansubiza.

Mwami, mu bigirwamana nta gihwanye nawe, Kandi nta mirimo ihwanye n’iyawe.

Mwami, amahanga yose waremye azaza, Akwikubite imbere akuramye, Kandi bazahimbaza izina ryawe.

Kuko ukomeye kandi ukora ibitangaza, Ni wowe Mana wenyine.

Uwiteka, ujye unyigisha inzira yawe, Nanjye nzajya ngendera mu murava wawe. Teraniriza hamwe ibiri mu mutima wanjye, Ngo wubahe izina ryawe.

Matayo 16:1-3

Abafarisayo n’Abasadukayo baraza, bamusaba ngo abereke ikimenyetso kivuye mu ijuru, kugira ngo bamugerageze.

Arabasubiza ati “Iyo bugorobye, muravuga muti ‘Hazaramuka umucyo kuko ijuru ritukura.’

Na mu gitondo muti ‘Haraba umuvumbi kuko ijuru ritukura kandi ryirabura.’Muzi kugenzura ijuru uko risa, ariko munanirwa kugenzura ibimenyetso by’ibihe.

25-0921 Ikirego

Ubutumwa : Ikirego 63-0707M

Complete

BranhamTabernacle.org

Bakundwa Abahanaguweho Icyaha,

Noneho, hariya, “abongabo” atari abanyabyaha. “Abo,” ni ukuvuga, itorero ry’icyo gihe, babonye ikosa mu Mugabo Wari Ijambo. Ese siko biri? Babonye ikosa mu Mugabo wari Ijambo. Uyu munsi babona ikosa mu Ijambo rikorera mu muntu.

Kuva mu ntangiriro z’isi bagiye bamusuzugura, baramwanga, banga kugumana n’Ijambo Rye kubwo gukomeza imihango yabo, imigenzo yabo, ibitekerezo byabo. Bagiye igihe cyose bahusha gahunda y’Imana; Imana, nk’Umuntu, wari Ijambo, kandi ubu Ijambo ririgukorera mu muntu.

Ariko mu minsi yacu Yaravuze ngo, “Nzagira itsinda rito, bake batoranijwe. Bari muri Njye kuva mbere. Bazanyakira kandi bizere Ijambo kandi umuntu natoranije guhishura Ijambo Ryanjye. Azaba ari Ijwi Ryanjye kuri bo.”

“Ntabwo bazaterwa isoni no gutangaza Ijwi Ryanjye. Ntabwo bazagira isoni zo kubwira isi ko Naje nkongera kwigaragaza Njye Ubwanjye binyuze mu mubiri w’umuntu nkuko navuze ko nzabikora. Iyi nshuro ntabwo bazaramya umuntu, ahubwo ni Njye bazaramya, Ijambo, rizaba rivugira mu muntu. Bazankunda kandi banyamamaze n’imbaraga zabo zose”

“Rero, Nabahaye ibyo bakeneye byose kugira ngo bahinduke Umugeni Wanjye. Narabakomeje Nkoresheje Ijambo Ryanjye; kubera ko NI IJAMBO RYANJYE ryambaye umubiri. Iyo bakeneye gukira indwara, bavuga Ijambo Ryanjye. Iyo hari imbogamizi irimo ibabuza gutambuka, bavuga Ijambo Ryanjye. Iyo bafite umwana wataye mu nzira, bavuga Ijambo Ryanjye. Icyo bakeneye cyose, bavuga Ijambo Ryanjye, Kubera ko bo ni Ijambo Ryanjye ryambaye umubiri.”

“Bazi abo ari bo, kubera ko nabihishuriye Ubwanjye. Bagumye kuba abizerwa n’abakiranukira Ijambo Ryanjye kandi barimo kwiyunga ku Ijwi Ryanjye. Kubera ko bazi Ijwi Ryanjye, Ijambo Ryanjye, Umwuka Wanjye Wera. Barabizi ko, aho Ijambo riri, niho Ibizu bizateranira.”

Mu gihe umuhanuzi Wayo avuga Ijambo Ryayo kandi agashinja iki gisekuru kubamba Yesu Kristo ku nshuro ya kabiri kandi agatangaza akaga kuri bo, Umugeni we azaba arimo anezerwa. Kubera ko tuziko TURI Umugeni We wemeye kandi akakira Ijambo Ryayo. Turimo turarangurura biturutse mu ndiba z’imitima yacu maze tukavuga ngo:

Ndi Uwawe, Mwami. Nishyize aha ubwanjye kuri iki gicaniro, nkwiyeguriye ubwanjye mu buryo bwose nashobora kumenya. Unkuremo isi, Mwami. Nkuramo ibintu byangirika; umpe ibitangirika, Ijambo ry’Imana. Mbashe kubaho muri iryo Jambo nryegereye cyane, kugeza ubwo Ijambo rizaba muri njye, maze nanjye nkaba mu Ijambo. Biduhe, Mwami. Ureke sinzigere ntandukana Naryo.

Hariho ubugingo, kandi hariho urupfu. Hariho inzira iboneye, kandi hariho inzira ipfuye.  Hariho ukuri, kandi hariho ikinyoma. Ubu Butumwa, Iri Jwi, ni inzira itunganye yateguwe n’Imana kubw’uyu munsi. Ngwino wiyunge n’igice gikomeye cy’Umugeni w’Imana mu gihe duteranira hamwe tuzengurutse Ijambo maze tukumva Ubutumwa: Ikirego 63-0707M.

Mwene Data Joseph Branham

25-0914 Ese Ubuzima Bwawe Buhamanya N’Ubutumwa Bwiza?

Ubutumwa : 63-0630E Ese Ubuzima Bwawe Buhamanya N’Ubutumwa Bwiza?

BranhamTabernacle.org

Bakundwa Bene Data na Bashiki Bacu,

Nkunda Umwami, Ijambo ry’Imana, ubu Butumwa, Ijwi Ryayo, umuhanuzi Wayo, Umugeni Wayo, kuruta ubuzima ubwabwo. Ibyo byose NI KIMWE KURI NJYE. Ntabwo nshaka kuba nagira n’akanyuguti na kamwe ntatira, niyo kaba gato, cyangwa IJAMBO RIMWE Imana yanditse mu Ijambo Ryayo cyangwa yavuze binyuze mu muhanuzi Wayo. Kuri njye, byose ni Uku Niko Uwiteka avuze

Imana yarabitekereje, hanyuma ibibwira abahanuzi Bayo, Nuko barabyandika. Nuko yohereza marayika Wayo ukomeye, William Marrion Branham, ku isi muri iyi minsi kugira ngo abashe kwihishura Ubwe mu mubiri indi nshuro, nkuko Yabikoze hamwe n’Abrahamu. Hanyuma Ivugira mu muhanuzi Wayo ko ari Ijwi ry’Imana ku isi, kugira ngo ahishure kandi asobanure ubwiru bwose bwari bwarahishwe guhera ku mfatiro z’isi kugera ku Mugeni Wayo wamenywe mbere.

Ubu, Umugeni Wayo, MWEBWE, murimo guhinduka Ijambo ryambaye umubiri; Umwe hamwe na We, Umugeni Jambo Wayo ugaruwe mu buryo bwuzuye.

Nzi neza ko hari abanyumva nabi mu byo mvuga cyangwa nandika. Nshaka kuvuga mu buryo buciye bugufi nkuko umuhanuzi yavuze, ntabwo nize amashuri kandi ntabwo nzi kwandika no kuvuga mu buryo butunganye ibyo numva mu mutima wanjye. Nemera ko bisa nkaho nandika n’umwaga rimwe na rimwe. Igihe mbikoze, ntabwo aba ari ikinyabupfura gike, cyangwa ngo bibe ari ikirere kibi cyangwa ngo mbe hari uwo nshaka gucira urubanza, ahubwo ni ibihabanye nabyo. Mbikora bitewe n’urukundo rw’Ijambo ry’Imana mu mutima wanjye.

Ndashaka ko buri wese yemera kandi akizera Ubutumwa Imana yohereje kugira ngo isohore Umugeni wayo. Ntabwo nigeze na rimwe numva mu mutima wanjye cyangwa ngo ntekereze ko ababwiriza badakwiriye kongera kubwiriza ukundi; byaba bihabanye n’Ijambo ry’Imana. Mfite gusa ishyaka kubw’Ijwi ry’Imana riri ku makasete. Nizera ko ariryo Jwi ry’ingenzi UBUKOZI BWOSE bukwiriye gushyira IMBERE y’abantu. Ibi ntabwo bisobanura ko badashobora kubwiriza, ndashaka kubakangurira gucuranga amakasete mu nsengero zabo igihe abantu bateraniye munsi y’uko gusigwa.

Yego, nkunda cyane kubona isi yose irimo yumva Ubutumwa bumwe ku isaha imwe ku isi yose. Atari ukubera ko “NJYE” nabivuze ntyo, cyangwa kubera ko “NJYE” nahisemo ikasete yo kumva, ahubwo niyumvamo nyakuri ko Umugeni agomba kubona uburyo Imana yagennye inzira ibi bigomba kubaho muri iyi minsi yacu.

Uyu munsi iyo tujya kugira amajwi ya Yesu yafashwe arimo kuvuga ku makasete, bikaba Atari inyandiko za Matayo, Mariko, Luka cyangwa Yohana z’ibyo Yesu yavuze (kuko bose bafitemo akantu k’itandukaniro gato iyo babivuga), ariko mwajyaga kwiyumvira n’amatwi yanyu, Ijwi rya Yesu, Uko ateye, za hain’t, totes, na fetches Ze, ese umupasteri uyu munsi yajyaga kubwira itorero rye ati, “ntabwo turibucurange kasete za Yesu mu rusengero rwacu. Narahamagawe kandi nasigiwe kubwiriza, no kubisoma. Muzabyumve ari uko mugeze mu rugo.” Ese abantu bajyaga kubyihanganira? Biteye agahinda kubivuga gutyo, ariko nibyo neza neza barimo gukora uyu munsi. NTA TANDUKANIRO RIHARI, uburyo bwose bagerageza kubisigiriza.

Kubwanjye, Mwene Data Branham yaduhaye urugero. Yakundaga iyo insengero zose, ingo, cyangwa aho baba bari hose, babaga bari ku mirongo y’itumanaho kugira ngo babashe kumva Ubutumwa bose kugihe kimwe. Yarabizi ko bashobora, kandi babikora, gushaka amakasete no kuyumva nyuma, ariko yashakaga ko baba umwe maze bakumva Ubutumwa bose ku isaha imwe… KURI NJYE NI IMANA YARIMO YEREKA UMUGENI IBIGOMBA KUBAHO MU MINSI YACU N’ICYO GUKORA.

Buri mubwiriza w’ukuri wizera Ubutumwa azemera ko nta kintu cyaruta kwicara munsi yo gusigwa uri kumva Ijwi ry’Imana, ariryo ryafashwe amajwi kandi rigashyirwa ku makasete. Umugeni azabyizera, kandi agire Guhishurirwa, ko ubu Butumwa ariryo Jambo ry’Imana kubw’uyu munsi. Nashobora guca urubanza binyuze mu Ijambo gusa, ariko umuntu wese utazavuga ko ubu Butumwa aribwo Kidakuka cye nta Guhishurirwa afite kw’Ijambo ry’uyu munsi, none, ni gute abo baba Umugeni We?

Ntabwo ari ugusubiramo amagambo, kubwiriza cyangwa kwigisha, ahubwo kumva amakasete niho HANTU HONYINE Umugeni ashobora kuvuga ngo nizera buri Jambo. Ubu Butumwa ni Uku Niko Uwiteka Avuze. Icyo mbwiriza cyangwa nigisha ntabwo ari Uku Niko Uwiteka Avuze, ahubwo icyo Ijwi ry’imana rivuze ku makasete NI ICYO… ni Ijwi RYONYINE rihamirijwe binyuze mu Nkingi y’Umuriro.

Ndabizi ko hari bene data na bashiki bacu bavuga, kandi bakumva ko, “niba utumva Ubutumwa bwa Branham Tabernacle itangaza, ngo usome inzandiko z’Ibizu Biteranye, kandi ngo mwumve mu ngo zanyu ku isaha imwe ko utari Umugeni” cyangwa “ko ari kosa kujya ku rusengero, ko mugomba kuguma mu ngo zanyu.” IBYO BIRAPFUYE. SINIGEZE NARIMWE mbitekereza, ngo mbivuge, cyangwa ngo mbyizere. Ibyo byateye gutandukana kwinshi, kwiyumva nabi, ndetse kudasabana k’Umugeni kandi umwanzi arabikoresha kugira ngo atandukanye abantu.

Sinigeze nshaka gutandukanya Umugeni, Ndashaka kunga Umugeni nkuko Ijambo rivuga TUGOMBA KWIYUNGA NK’UMUNTU UMWE. Ntabwo dukwiriye guhangana umwe ku wundi, ariko nta kindi gihari cyatwunga kitari Ijwi ry’Imana riri ku makasete

Ntabwo twagakwiye kuba tujya impaka no kubwira abantu icyo BAKWIRIYE GUKORA cyangwa ko batari Umugeni, mwe gusa mukora nkuko UMWAMI ABAYOBOYE GUKORA. Baracyari bene Data na bashiki bacu. Dukeneye gukundana no kubahana umwe kuwundi.

Mu by’ukuri, ntimugatongane. Murabona? Ikirere kibi kibyara ikirere kibi. Ikintu cya mbere, murabizi, muteza Umwuka Wera agahinda kandi mukamujyana kure yanyu, kandi mugakomeza gutongana. Icyo gihe Umwuka Wera arigurukira. Ni ukuri. Ikirere kibi kibyara ikirere kibi.

Hamwe n’icyo umuhanuzi avuze hano, ntabwo nshaka kubabaza Umwuka Wera. Ntabwo nshaka na rimwe kujya impaka. Dushobora kungurana inama hamwe mu rukundo, ariko atari uguhangana. Niba naravuze ikintu cyaba cyaragize uwo gikomeretsa mu byo nanditse cyangwa navuze, ndabinginze mu mbabarire, iyo ntabwo yariyo ntego yanjye.

Nkuko nabivuze mbere, niyumvamo umuhamagaro mu buzima bwanjye uvuye ku Mwami wo kwerekeza abantu ku Ijwi ry’Imana kubw’uyu munsi. Abandi bakozi bafite ukundi guhamagarwa ndetse ahari no kuba babona ibintu mu buryo butandukanye, Icyubahiro kibe icy’Uwiteka, barimo barakora icyo BO biyumvamo ko bayobowe n’Umwuka w’Imana gukora. Ubukozi Bwanjye ni ukubwira Umugeni gusa ngo “KANDAHO BIVUGE”n’uko “Ijwi ry’Imana riri ku makasete ariryo Jwi ry’ingenzi mushobora kumva.” “Nizera ko ubukozi bukwiriye gucuranga Ijwi ry’Imana riri ku makasete mu nsengero zabo.”

Inzandiko nandika buri cyumweru zireba igice cy’Umugeni cyiyumvamo ko bo ari igice cya Branham Tabernacle. Ndabizi ko abandi benshi babisoma, ariko ni inshingano zanjye gukora uko niyumva nyobowe gukora kubw’urusengero rwacu. Buri rusengero rurigenga; bagomba gukora uko biyumvamo ko bayobowe gukora, ibyo ni Ijambo 100%. Ntabwo mbarwanya, n’ubwo tutemeranya. Kuko njye na Branham Tabernacle, dushaka kumva gusa Ijwi ry’Imana riri ku makasete. Ndatumira isi kugira ngo biyunge natwe buri cyumweru. Ndabakangurira niba badashobora kwiyunga natwe, ko bafata kasete, kasete iyo ariyo yose, maze bagakandaho bikavuga. Bazagira gusigwa kuruta uko byigeze biba mbere. Kubindi, ndatumira kuri iki cyumweru kwiyunga natwe Kucyumweru I Saa Sita z’Amanywa, ku isaha y’I Jeffersonville, mu gihe twiyunga hamwe ngo twumve, 63-0630E Ese Ubuzima Bwawe Buhamanya N’Ubutumwa Bwiza?

Mwene Data Joseph Branham