Ubutumwa : 65-0218 Imbuto ntabwo iraganwa n’igishishwa
- 26-0301 Imbuto ntabwo iraganwa n’igishishwa
- 24-0602 Imbuto ntabwo iraganwa n’igishishwa
- 22-1106 Imbuto ntabwo iraganwa n’igishishwa
- 19-1027 Imbuto ntabwo iraganwa n’igishishwa
- 17-0104 Imbuto ntabwo iraganwa n’igishishwa
Mukundwa Mwari Mugeni Jambo
Nicaye hano muri iki gitondo niyumvamo uko gusigwa mu gihe ndimo kumva, nsoma kandi niga ubu Butumwa Umugeni azumva Kucyumweru. Kubaho kwanjye kose kwasizwe. Umutima wanjye urimo urasimbaguritswa n’uwo munezero. TURAZA KUBA TWESE DUTERANIYE HAMWE DUTURUTSE HIRYA NO HINO KU ISI HAMWE NO GUSIGWA KUMWE. Tuzaba tunezerewe, icyubahiro kibe icy’Uwiteka, twese icyarimwe, mu gihe avugana na buri umwe umwe muri twe kandi Aduhishurira Ijambo Rye.
Gusigwa kuraba gukomeye kuburyo haza kuba gusakuza no kuvuza akaruru, “Halleluya, amen, icyubahiro kibe icy’Izina ry’Uwiteka” hirya no hino ku isi ku isaha imwe, mu gihe tunyeganyeza Ijuru hamwe no kuramya no guhimbaza.
Ese ni iki kiza kuba kirimo kubaho? Imana iraza kuba yunga Umugeni Wayo kandi Ivugana nawe. Turaza kuba turi Itsinda Rimwe, ibitekerezo bimwe no guhuza umutima mu gihe Itwihishurira kandi Ikatwigaragariza Ubwayo.
Hariho ahantu hamwe hakomeye washobora kujya, nta Jwi rikomeye washobora kumva; nta gusigwa gukomeye kwaruta Ijwi ry’Imana rivugana nawe ku makasete mu buryo butaziguye.
Imana yarinze Ijambo Ryayo guhera mu itangira kandi yatanze ahantu abana Bayo bose bashobora kujya maze bakayumva Irimo ivuga kandi isobanura Ijambo Ryayo Bwite. Ahantu hatari ugukekeranya, ntabwo ari icyizere, si ukwibaza; Ni ahantu hatanzwe n’Imana kugira ngo twumve UKU NIKO UWITEKA AVUZE.
Igihe ubihishuriwe, biba bimeze nk’umucyo ukomeye ucanywe mu mutima n’ubugingo bwawe… Urasakuza ngo, “Ni ibingibi. Ndabibona. Ndi UMWE N’IJAMBO. NDI IJAMBO. NDI UMUGENI. NAHAGEZE.”
Kiri kuba kandi ntibabizi. Ni ibyo. Murabona? Yooo yego! Mu by’ukuri, kuko aho umubiri uri, aho niho hazateranira ibizu, ibyo ni ukuri neza neza nkuko isi iriho. Icyo nicyo rivuga. Umubiri ni iki? Ni Ijambo. We ni Ijambo, Umubiri, Kirisito! “Kirisito muri mwe,” Uri uko Yari ejo hahise ndetse n’iteka. Mbega ukuntu ari ukuri
Mu gihe duhurira hamwe kugira ngo twumve Ijambo, amaganya yacu yose, ibiduhangayika byose, ibibazo byacu byose, bihita bizimira mu buryo bworoshye. Tunezezwa no kumenya ko nta kintu gihari cyo kuduhangayika; turi Umugeni Wayo. Ntabwo Ari kumwe na twe gusa, AHUBWO ARI MURI TWE. TURI UMUGENI JAMBO MBUTO. Buri kintu kiratunganye. Uburyo Bwe bwo kubara igihe buratunganye. Turatunganye.
Turanyuzwe kandi turashima tuvuga ngo turi Ijambo Ryayo ryabyawe n’umwari rigaragajwe; Yesu Kristo uko yari ejo hahise, niko ari uyu munsi, kandi niko azahora iteka, ubaho kandi agatura muri twe. Halleluya!
Ntabwo dushobora kugambanira IJAMBO RIMWE. Tugomba kumva Ijwi ry’Imana ku makasete.
Mwigeze mubona ikizu kigambana? Oya, mugabo! Nta buriganya buri muri cyo. Niko bimeze no mu mukirisitu w’umwimerere. Ntabwo yorohereye. Azahiga kugeza abibonye. Amina! Yego, mugabo! Azabona ibyo kurya bye. Ashaka Manu nshya. Azamanuka aho acukure kugeza aribonye. Azaguruka hejuru ndetse hejuru cyane. Niba atari muri iki kibaya, azazamuka kurushaho. Uko murushaho kuzamuka, ni ko murushaho kureba neza. Rero, ni igihe ku bizu by’uyu munsi kuguruka hejuru cyane, gucukura mu masezerano y’Imana, atari ukubeshwaho n’ibiryo by’inkongoro byishwe hashize imyaka. Mujye kure yabyo.
Itegure Mugeni, turaza kuba turya ya Manu nshya munsi yo gusigwa gukomeye cyane guhari, kuri iki Cyumweru I Saa Sita z’Amanywa, ku isaha y’I Jeffersonville, mu gihe twumva: 65-0218 Imbuto Ntizaraganwa n’Igishishwa.
Turatumira Umugeni wo hirya no hino ku isi kwiyunga na twe mu gusangira ku Nzira itunganye yateguwe n’Imana kubw’uyu munsi. Ahantu hamwe honyine aho UMUGENI ashobora kuvuga amen ku buri Jambo. Aho gusigwa gukomeye k’Umwuka Wera kuvuga kandi kugatunganya Umugeni Wayo binyuze mu Gukandaho Bikavuga no kumva kandi ukakira Ijambo Ryayo.
Mwene Data Joseph Branham
Ibyanditswe:
Matayo 24: 24
Kuko abiyita Kristo n’abahanuzi b’ibinyoma bazaduka bakora ibimenyetso bikomeye n’ibitangaza, kugira ngo babone uko bayobya n’intore niba bishoboka.
Luka 17: 30
Ni na ko bizamera umunsi Umwana w’umuntu azabonekeraho.
Yohana 5:24
Ni ukuri, ni ukuri, ndababwira yuko uwumva ijambo ryanjye akizera uwantumye, aba afite ubugingo buhoraho kandi ntazacirwaho iteka, ahubwo aba avuye mu rupfu ageze mu bugingo.
Yohana 14:12
Ni ukuri, ni ukuri, ndababwira yuko unyizera, imirimo nkora na we azayikora ndetse azakora n’iyiruta, kuko njya kwa Data.
Abaroma 8:1
Nuko rero noneho abari muri Kristo Yesu nta teka bazacirwaho,
Abagalatiya 4:27-31
kuko byanditswe ngo “Ishime ngumba itabyara, Tera hejuru uvuge cyane utaramukwa, Kuko abana b’inyungwakazi ari benshi, Baruta ab’inkundwakazi.”
Nuko rero bene Data, namwe muri abana b’isezerano nk’uko Isaka yari ari.
Ariko nk’uko icyo gihe uwabyawe n’umubiri yarenganyaga uwabyawe n’Umwuka, na n’ubu ni ko bikimeze.
Mbese ibyanditswe bivuga bite? Biravuga biti “Senda inshoreke n’umuhungu wayo, kuko umuhungu w’inshoreke atazaraganwa n’umuhungu w’umugeni.”
Nuko bene Data, ntitukiri abana b’inshoreke, ahubwo turi ab’umugeni.
Abaheburayo 13:8
Yesu Kristo uko yari ari ejo, n’uyu munsi ni ko ari kandi ni ko azahora iteka ryose.
1 Yohana 5:7
???
Ibyahishuwe 10
Mbona marayika wundi ukomeye amanuka ava mu ijuru yambaye igicu, umukororombya uri ku mutwe we, mu maso he hasa n’izuba, ibirenge bye bisa n’inkingi z’umuriro.
Mu intoki ze yari afite agatabo kabumbutse. Nuko ashyira ikirenge cye cy’iburyo ku nyanja, n’icy’ibumoso agishyira ku butaka.
Arangurura ijwi rirenga nk’uko intare yivuga, avuze iryo jwi rirenga guhinda kurindwi kw’inkuba kuvuga amajwi yako.
Kandi guhinda kurindwi kw’inkuba kumaze kuvuga, nari ngiye kwandika nuko numva ijwi rivugira mu ijuru rimbwira riti “Iby’uko guhinda kurindwi kw’inkuba kuvuze ubizigame, bibe ubwiru ntubyandike.”
Marayika nabonye ahagaze ku nyanja no ku butaka amanika ukuboko kwe kw’iburyo, agutunga mu ijuru
arahira Ihoraho iteka ryose yaremye ijuru n’ibirimo, n’isi n’ibiyirimo n’inyanja n’ibiyirimo ati “Ntihazabaho igihe ukundi,
ahubwo mu minsi y’ijwi rya marayika wa karindwi ubwo azatangira kuvuza impanda, ni ho ubwiru bw’Imana buzaba busohoye nk’uko yabwiye imbata zayo ari zo bahanuzi.”
Nuko rya jwi numvise rivugira mu ijuru, nongera kuryumva rimbwira riti “Genda wende ka gatabo kabumbutse kari mu intoki za marayika uhagaze ku nyanja no ku butaka.”
Nuko nsanga marayika uwo ndamubwira nti “Mpa ako gatabo.” Aransubiza ati “Enda ugaconshomere, karagusharirira mu nda ariko mu kanwa kawe karakuryohera nk’ubuki.”
Nenda ako gatabo, ngakura mu intoki za marayika ndagaconshomera. Mu kanwa kanjye karyohera nk’ubuki, ariko maze kukarya mu nda yanjye harasharirirwa.
Arambwira ati “Ukwiriye kongera guhanura iby’amoko menshi n’amahanga menshi, n’indimi nyinshi n’abami benshi.”
Malaki 4
Dore hazaba umunsi utwika nk’itanura ry’umuriro, abibone bose n’inkozi z’ibibi zose bazaba ibishingwe, maze habe umunsi uzabatwika bashire, ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga, ntuzabasigira umuzi cyangwa ishami.
Ariko mwebweho abubaha izina ryanjye, Izuba ryo gukiranuka rizabarasira rifite gukiza mu mababa yaryo, maze muzasohoka mukinagire nk’inyana zo mu kiraro.
Kandi muzaribatira abanyabyaha hasi, bazaba ivu munsi y’ibirenge byanyu ku munsi nzabikoreraho. Ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga.
Nimwibuke amategeko y’umugaragu wanjye Mose, ayo namutegekeye i Horebu yari ay’Abisirayeli bose, yari amategeko n’amateka.
Dore nzaboherereza umuhanuzi Eliya, umunsi w’Uwiteka ukomeye kandi uteye ubwoba utaragera.
Uwo ni we uzasanganya imitima ya ba se ku bana n’imitima y’abana ku ya ba se, kugira ngo ntazaza kurimbuza isi umuvumo.