Category Archives: Uncategorized

25-1012 Kumaramaza

Ubutumwa : 63-0901E Kumaramaza

BranhamTabernacle.org

Mukundwa Mugeni wa Kasete,

Noneho mwebwe bantu muri mu makasete.

Mwami, ni buryo ki twasobanuramo icyo aya magambo atandatu asobanuye kuri twe, Umugeni wa Yesu Kristo? Ni Uguhishurirwa k’Ubutumwa bw’igihe kuri twe. Ni Imana irimo kuvuga inyuriye muri marayika Wayo intumwa Ibwira Umugeni Wayo ngo, “Ndabizi ko muzagumana n’Ijwi Ryanjye. Nzi icyo Ijambo Ryanjye kuri izi kasete risobanuye kuri mwe. Ndabizi ko muzagira Guhishurirwa ko ubu Butumwa Navuze ku makasete ari Ikimenyetso Cyanjye kubw’uyu munsi.”

“Nashyize Ijwi Ryanjye kuri aya makasete y’imigozi; kubera ko ubu Butumwa bugomba kubumbira hamwe Ijambo ryose. Hazaba ibihumbi gukuba ibihumbi bazumva Ijwi Ryanjye ku makasete kandi bazagira Guhishurirwa ko uyu ari umurimo Wanjye. Ni Umwuka Wera uyu munsi. Ni Ubutumwa bw’Ikimenyetso.”

“Nohereje ababwiriza benshi b’indahemuka hirya no hino mu isi kugira ngo bajye kwamamaza uyu Murimo Wanjye. Igihe bagarutse, barambwiye ngo, ‘Twubashye amategeko Yawe kubwo gucuranga amakasete Yawe. Twabonye abantu bizeye buri Jambo. Bahinduye amazu yabo urusengero rwo kwakira Ubutumwa Bwawe. Twababwiye ko bagomba kuza munsi y’Ikimenyetso, Ubutumwa bw’igihe, ko bazakizwa.”

Ni igihe aho buri muntu agomba kwigenzura kandi akibaza ubwe, ni iyihe nzira y’Imana itunganye uyu munsi? Ijambo ry’umuhanuzi ntiryigeze rinanirwa na rimwe. Ryarahamirijwe ko ariryo kuri RYONYINE, nicyo kintu CYONYINE kizunga Umugeni Wayo.

Buri kintu cyose yavuze cyagenze neza neza nkuko yakivuze. Inkingi y’Umuriro iracyari hano hamwe natwe. Ijwi ry’Imana riracyavugana natwe ku makasete. Umuhanuzi yatubwiye ko Imana izatunyuraho igihe Izabona Ikimenyetso. Ni igihe cyo kumaramaza kuri bose ngo bajye munsi y’Ubutumwa bw’Ikimenyetso

Twabonye Ukuboko gukomeye kw’Imana muri iki gihe cya nyuma. Yaduhaye Uguhishurirwa k’ukuri kw’Ijambo Ryayo kandi kwaje munsi y’ibiranga Ikimenyetso. Noneho, mu gihe turi munsi y’ibiranga Ikimenyetso, reka tujye hamwe maze dufate Ifunguro Ryera mu kumaramaza; kubera ko tuzi ko Imana irimo itegura gukubitisha urubanza.

Ndifuza gutumira buri wese muri mwe kugira ngo yumve kandi afate Igaburo Ryera hamwe n’Umurimo wo Kozanya Ibirenge kuri iki Cyumweru, mu gihe twumva Ubutumwa: Kumaramaza 63-0901E.

Ubutumwa n’Amateraniro y’Igaburo Ryera araba arimo gutambuka kuri Radiyo Ijwi guhera Saa Kumi n’Imwe z’umugoroba. Ku isaha y’I Jeffersonville. Nyamuneka niba mubishaka mushobora kugira amateraniro yanyu Saa Kumi n’Imwe z’Umugoroba ku isaha y’Iwanyu, kuko mbizi ko bizagora benshi bo mu bizera bo hakurya y’inyanja gutangira amateraniro yanyu kuri iriya saha. Haraba hari umurongo wo kumanuriraho inyandiko z’amateraniro

Mwene Data Joseph Branham

Ibyanditswe byo gusoma mbere y’Amateraniro:

Kuva 12:11
Uku abe ari ko muzazirya: muzazirye mukenyeye, mukwese inkweto, mwitwaje inkoni, muzazirye vuba vuba. Iyo ni yo Pasika y’Uwiteka.

Yeremiya 29:10-14

Ahubwo Uwiteka aravuga ati “Imyaka mirongo irindwi yahanuriwe i Babuloni nishira nzabagenderera, mbasohozeho ijambo ryanjye ryiza rituma mugaruka ino.
Erega nzi ibyo nibwira nzabagirira! Ni amahoro si bibi, kugira ngo mbareme umutima w’ibyo muzabona hanyuma. Ni ko Uwiteka avuga.
Kandi muzanyambaza, muzagenda munsenga nanjye nzabumvira.
Muzanshaka mumbone, nimunshakana umutima wanyu wose.
Nzabonwa namwe, ni ko Uwiteka avuga, kandi nzagarura abanyu bajyanywe ari imbohe, nzabakoranya mbakuye mu mahanga yose n’ahantu hose, aho nari narabatatanyirije, ni ko Uwiteka avuga, kandi nzabagarura aho nabakuje mukajyanwa muri imbohe.”

Luka 16:16
Amategeko n’abahanuzi byabayeho kugeza igihe cya Yohana, uhereye icyo gihe ni ho ubutumwa bwiza bw’ubwami bw’Imana bwigishirijwe, umuntu wese arabutwaranira.

Yohana 14:23
Yesu aramusubiza ati “Umuntu nankunda azitondera ijambo ryanjye, na Data azamukunda, tuzaza aho ari tugumane na we.

Abagalatiya 5:6
Muri Kristo Yesu gukebwa nta cyo kumaze cyangwa kudakebwa, ahubwo ikigira icyo kimaze ni ukwizera gukorera mu rukundo.

Yakobo 5:16
Mwaturirane ibyaha byanyu kandi musabirane, kugira ngo mukizwe. Gusenga k’umukiranutsi kugira umumaro mwinshi, iyo asenganye umwete.

25-1005 Ikimenyetso

Ubutumwa : Ikimenyetso 63-0901M

BranhamTabernacle.org

Mukundwa Mugeni Ushyizweho Ikimenyetso

Iyo duhuriye hamwe, ntabwo tuvuga gusa Ubutumwa, duhurira hamwe kugira ngo dushyireho Amaraso, mu gushyiraho Ikimenyetso; kandi Ikimenyetso ni Ubutumwa bw’igihe! Ubwo nibwo Butumwa bw’uyu munsi ! Ubwo nibwo butumwa bw’iki gihe.

Twakoresheje icyo Kimenyetso kuri twe ubwacu, ku ngo zacu, no ku miryano yacu. Ntabwo biduteye ipfunwe. Ntacyo bidutwaye uwabimenya wese. Turashaka ko buri muntu wese abimenya, unyuraho wese akwiye kukibona no kukimenya: Turi Abantu b’Amakasete. Turi Ingo z’Amakasete. Turi Umugeni w’Amakasete w’Imana

Umwuka Wera=Ikimenyetso=Ubutumwa. Byose ni kimwe. Ntabwo ushobora kubitandukanya. Data, Umwana, Umwuka Wera= Umwami Yesu Kristo. Ntushobora kubitandukanya.
Ubutumwa=Intumwa. Icyo abanenga bavuga cyose, UMUHANUZI YARAVUZE, ntabwo ushobora kubitandukanya.

Imana niyo munezero wacu. Imana niyo mbaraga zacu. Kubwo kumenya ubu Butumwa, kubwo kumenya ko ari ko Kuri konyine, kubwo kumenya ko ari Ikimenyetso, ibyo birahagije, ariko nyamara kigomba gushyirwaho.

Umuhanuzi yaravuze ngo ubu Butumwa ni Ikimenyetso kubw’uyu munsi. Ubu Butumwa ni Umwuka Wera. Niba hari Ihishurirwa ry’Ubutumwa ufite ushobora kubona mu buryo bweruye isaha turi kubamo. Rero benshi baravuga ngo, “Ndabyizera. Imana yohereje umuhanuzi. Ni Ubutumwa bw’igihe,” ariko bakirata bavuga ko ntabyo bakora, kandi ko batazigera babikora, gucuranga iryo Jwi nyirizina ry’Ikimenytso mu nsengero zabo.

Ese Imana ntiyavugiye muri marayika Wayo ukomeye kandi icyo Yavuze nicyo yashakaga kuvuga. Yatubwiye ko azatwigisha binyuze mu bishushanyo n’ibicucu. Muri ubu Butumwa umuhanuzi ajya kure mu kutubwira icyo Rahabu n’umuryango we bakoze kugira ngo BAROKOKE, kugira ngo bahinduke Umugeni. Agaragaza neza icyo Rahabu yakoze.

Igihe abasore b’amakasete bacuranze “KASETE”… Tegereza akanya gato, ni iki intumwa yakoze? Yacuranze Kasete. Noneho ni iki Rahabu yakoze? Yahinduye urugo rwe ITORERO RY’AMAKASETE. Ntabwo yari atewe isoni no kuvuga ngo, “Murabona kariya gatambaro gatukura, biriya bisobanura ko ndi ITORERO RY’AMAKASETE”

Mutekereza ko iyo ajya kuba yaravuze ngo, “Yego, nizera intumwa n’Ubutumwa, ariko ntabwo tuzigera ducuranga Amakasete mu nsengero zacu. Mfite pasteri wavuze OYA, we agomba kubwiriza kandi agasubiramo icyo amakasete yavuze.” Mutekereza ko yajyaga kurokoka…???

Yashyizeho ikimenyetso, kandi inzu ye irarokoka, naho ubundi yagombaga kurimbukira hepfo aho yari ari.

Mwumvise benshi mu babwiriza batanga impamvu kubijyanye no gucuranga amakasete, ariko hafi ya bose baravuga ngo, “umuhanuzi ntabwo yigeze avuga ko tuzacuranga amakasete mu rusengero.”

Umuhanuzi aravuga ngo Rahabu yahinduye urugo rwe itorero, kandi itorero rye ryacurangaga Amakasete. Kandi kubera ko yacurangaga Amakasete mu rusengero rwe, we, n’Itorero rye rya KASETE ryose, bari munsi y’Ikimenyetso kandi bararokotse. Andi matorero yararimbutse.

Mwene Data na Mushiki wacu, ndakwinginze, ntabwo ndimo kuvuga ko umupasteri atabwiriza ubu Butumwa, cyangwa ko byaba ari amakosa aramutse abikoze. Mu buryo bwanjye, ndimo ndabwiriza ubu binyuze muri uru rwandiko, ariko fungura umutima wawe maze wumve icyo umuhanuzi arimo kuvuga kandi atuburira kuri byo. Niba uri pasteri ukaba utajya, cyangwa utazigera, ucuranga amakasete mu rusengero rwawe kubwo gutanga impamvu runaka; icyo byaba biricyo cyose, bikurikije Ijambo, uko wavuga kose ko wizera Ubutumwa bw’igihe, nkurikije icyo nizera ko Ijambo rivuga, Ikimenyetso, Ubutumwa bw’iyi saha, ntabwo urimo kugishyiraho.

Kuri iki Cyumweru, ndagutumira ngo wumvire hamwe na Branham Tabernacle I saa Sita z’amanywa, ku isaha y’I Jeffersonville, Ubutumwa : Ikimenyetso 63-0901M. Niba udashobora kwifatanya natwe, ucurange Ubutumwa ubwaribwo bwose bw’Ikimenyetso, kandi ugishyireho.

Mwene Data Joseph Branham

Ibyanditswe byo gusoma mbere yo kumva Ubutumwa:

Yosuwa igice cya 12

Aba ni bo bami b’ibihugu Abisirayeli barwanije bagahindūra ibihugu byabo hakurya ya Yorodani iburasirazuba, uhereye ku kibaya cya Arunoni ukageza ku musozi wa Herumoni, no muri Araba yose iburasirazuba.

Igihugu cya Sihoni umwami w’Abamori wabaga i Heshiboni, agatwara Aroweri mu ruhande rw’ikibaya cya Arunoni n’umudugudu wari hagati mu kibaya, n’igice cy’i Galeyadi kugeza ku mugezi Yaboki mu rugabano rw’Abamoni.

Kandi uhereye muri Araba ukageza ku ruzi rwa Kinereti iburasirazuba no ku nyanja ya Araba, ari yo Nyanja y’Umunyu mu nzira y’iburasirazuba ijya i Betiyeshimoti urugabano rwacyo rw’iruhande rw’ikusi rwanyuraga munsi y’imirenge y’imisozi Pisiga.

Kandi ahindūra n’igihugu cya Ogi umwami w’i Bashani wo mu Barafa bacitse ku icumu, babaga muri Ashitaroti no muri Edureyi.

Ni we watwaraga umusozi wa Herumoni n’i Saleka n’i Bashani yose kugeza mu rugabano rw’Abanyageshuri n’Abanyamāka, igice cy’i Galeyadi kugeza ku rugabano rwa Sihoni umwami w’i Heshiboni.

Abo bose Mose umugaragu w’Uwiteka n’Abisirayeli barabishe, kandi Mose umugaragu w’Uwiteka ahaha Abarubeni n’Abagadi n’igice cy’umuryango wa Manase ngo habe ahabo.

Kandi aba ni bo bari abami b’ibihugu byo hakuno ya Yorodani iburengerazuba, abo Yosuwa n’Abisirayeli banesheje, uhereye i Bāligadi mu kibaya cy’i Lebanoni ukageza ku musozi wa Halaki uzamuka i Seyiri. Yosuwa agiha imiryango y’Abisirayeli ngo habe ahabo nk’uko bagabanijwe.

Igihugu cy’imisozi miremire n’icy’ikibaya n’icyo muri Araba, n’icy’imirenge y’imisozi n’icyo mu butayu n’icyo mu ruhande rw’ikusi, n’icy’Abaheti n’icy’Abamori n’icy’Abanyakanāni, n’icy’Abaferizi n’icy’Abahivi n’icy’Abayebusi.

Abo bami ni aba: umwe ni umwami w’i Yeriko, undi ni umwami wo muri Ayi hateganye n’i Beteli,

undi ni umwami w’i Yerusalemu, undi ni umwami w’i Heburoni,

undi ni umwami w’i Yaramuti, undi ni umwami w’i Lakishi,

undi ni umwami wo muri Eguloni, undi ni umwami w’i Gezeri,

undi ni umwami w’i Debira, undi ni umwami w’i Gederi,

undi ni umwami w’i Horuma, undi ni umwami wo muri Arada,

undi ni umwami w’i Libuna, undi ni umwami wo muri Adulamu,

undi ni umwami w’i Makeda, undi ni umwami w’i Beteli,

undi ni umwami w’i Tapuwa, undi ni umwami w’i Heferi,

undi ni umwami wo muri Afeka, ndi ni umwami w’i Sharoni,

undi ni umwami w’i Madoni, undi ni umwami w’i Hasori,

undi ni umwami w’i Shimuronimeroni, undi ni umwami wo muri Akishafu,

undi ni umwami w’i Tānaki, undi ni umwami w’i Megido,

undi ni umwami w’i Kedeshi, undi ni umwami w’i Yokineyamu y’i Karumeli,

undi ni umwami w’i Dori mu misozi y’i Dori, undi ni umwami w’i Goyimu y’i Gilugali,

undi ni umwami w’i Tirusa. Nuko abami bose bari mirongo itatu n’umwe.

Ibyakozwe 16:31

Baramusubiza bati “Izere Umwami Yesu, urakira ubwawe n’abo mu rugo rwawe.”

Ibyakozwe 19:1-7

Apolo ari i Korinto, Pawulo anyura mu bihugu byo haruguru asohora muri Efeso, asangayo abigishwa bamwe.

Arababaza ati “Mwahawe Umwuka Wera, mutangiye kwizera?” Baramusubiza bati “Ntabwo twari twumva yuko Umwuka Wera yaje.”

Arababaza ati “Mwabatijwe mubatizo ki?” Baramusubiza bati “Umubatizo wa Yohana.”

Pawulo ati “Yohana yabatije umubatizo wo kwihana, abwira abantu kwizera uzaza hanyuma ye, ari we Yesu.”

Babyumvise batyo babatizwa mu izina ry’Umwami Yesu.

Pawulo amaze kubarambikaho ibiganza Umwuka Wera abazaho, bavuga izindi ndimi barahanura.

Abo bantu bose bari nka cumi na babiri.

Abaroma 8:1

Nuko rero noneho abari muri Kristo Yesu nta teka bazacirwaho,

1 Abakorinto 12:13

kuko mu Mwuka umwe twese ari mo twabatirijwe kuba umubiri umwe, naho twaba Abayuda cyangwa Abagiriki, naho twaba imbata cyangwa ab’umudendezo. Kandi twese twujujwe Umwuka umwe.

Abefeso 2:12

mwibuke ko icyo gihe mwari mudafite Kristo mutandukanijwe n’Ubwisirayeli, muri abashyitsi ku masezerano y’ibyasezeranijwe, ari nta byiringiro mufite by’ibizaba, ahubwo mwari mu isi mudafite Imana Rurema.

Abefeso 4:30

Kandi ntimuteze agahinda Umwuka Wera w’Imana wabashyiriweho kuba ikimenyetso, kugeza ku munsi wo gucungurwa.

Abaheburayo 6:4

Kuko bidashoboka ko abamaze kuvirwa n’umucyo, bagasogongera impano iva mu ijuru, bakagabana ku Mwuka Wera,

Abaheburayo 9:11-14

Ariko Kristo amaze kuza, ahinduka umutambyi mukuru w’ibyiza bizaza, anyura mu ihema rirusha rya rindi gukomera no gutungana rwose ritaremwe n’intoki. Ibyo ni ukuvuga ngo ritari iryo mu byaremwe ibi.

Kandi ntiyinjijwe Ahera cyane n’amaraso y’ihene cyangwa n’ay’ibimasa, ahubwo yahinjijwe rimwe n’amaraso ye amaze kutubonera gucungurwa kw’iteka.

None ubwo amaraso y’ihene n’ay’amapfizi n’ivu ry’inka y’iriza, iyo biminjiriwe ku bahumanye ko byeza umubiri ugahumanuka,

nkanswe amaraso ya Kristo witambiye Imana atagira inenge ku bw’Umwuka w’iteka, ntazarushaho guhumanura imitima yanyu akayezaho imirimo ipfuye, kugira ngo mubone uko mukorera Imana ihoraho?

Abaheburayo 10:26-29

Niba dukora ibyaha nkana tumaze kumenya ukuri, ntihaba hagisigaye igitambo cy’ibyaha

keretse gutegerezanya ubwoba gucirwa ho iteka, no gutegereza umuriro w’inkazi uzarya abanzi b’Imana.

Uwasuzuguye amategeko ya Mose ko atababarirwaga, ahubwo bakamwica abagabo babiri cyangwa batatu bamushinje,

nkanswe ukandagiye Umwana w’Imana, agakerensa amaraso y’isezerano yamwejesheje, agahemura Umwuka utanga ubuntu! Ntimugira ngo azaba akwiriye igihano gikabije cyane kuruta bya bindi?

Abaheburayo 11:37

Bicishwaga amabuye bagakerezwa inkerezo, bakageragezwa bakicishwa inkota, bakazerera bambaye impu z’intama n’iz’ihene, banyazwe byose, bakababazwa bakagirirwa nabi.

Abaheburayo 12:24

Mwegereye na Yesu umuhuza w’isezerano rishya, mwegereye n’amaraso aminjagirwa, avuga ibyiza kurusha aya Abeli.

Abaheburayo 13:8, 10-20

Yesu Kristo uko yari ari ejo, n’uyu munsi ni ko ari kandi ni ko azahora iteka ryose.

Dufite igicaniro, icyo abakora umurimo wa rya hema badahawe uburenganzira bwo kuriraho.

Kuko intumbi z’amatungo, izo umutambyi mukuru ajyana amaraso yazo Ahera kuba impongano y’ibyaha, zitwikirwa inyuma y’urugo.

Ni cyo cyatumye na Yesu ababarizwa inyuma y’irembo, kugira ngo yejeshe abantu amaraso ye.

Nuko dusohoke, tumusange inyuma y’urugo twemeye gutukwa ku bwe,

kuko hano tudafite umudugudu uhoraho, ahubwo dushaka uzaza.

Nuko tujye dutambira Imana iteka igitambo cy’ishimwe tubiheshejwe na Yesu, ari cyo mbuto z’iminwa ihimbaza izina ryayo.

Kugira neza no kugira ubuntu ntimukabyibagirwe, kuko ibitambo bisa bityo ari byo binezeza Imana.

Mwumvire ababayobora mubagandukire, kuko ari bo baba maso barinda imitima yanyu nk’abazabibazwa. Nuko rero, mubumvire kugira ngo babikore banezerewe kandi batagononwa, kuko kubikorana akangononwa kutagira icyo kumarira mwebwe.

Mudusabire kuko twiringiye yuko tudafite umutima wicira urubanza, tukaba dushaka kugira ingeso nziza muri byose.

Kandi ndiyongeza kubahugura kudusabira, kugira ngo ntebutswe vuba kubagarurirwa.

Nuko Imana nyir’amahoro, yazuye Umutahiza w’intama ari we Mwami wacu Yesu, imuzurishije amaraso y’isezerano ry’iteka ryose,

Yohana 14:12

Ni ukuri, ni ukuri, ndababwira yuko unyizera, imirimo nkora na we azayikora ndetse azakora n’iyiruta, kuko njya kwa Data.

25-0928 Igihe cyo Kunga Ubumwe n’Ikimenyetso

Ubutumwa : 65-0818 Igihe cyo Kunga Ubumwe n’Ikimenyetso

Part 1

BranhamTabernacle.org

Mukundwa Mugeni Wunze Ubumwe

Ndanezerewe, kandi ntegerezanyije amatsiko menshi, kubwo kuba ndi igice cy’ibintu byose Imana irimo gukora muri iyi minsi yacu. Ibitekerezo by’Imana byo guhera mbere birimo gusohora ubu imbere y’amaso yacu, kandi turi igice cyabyo.

Hose muri Bibiliya, abahanuzi bahanuye kandi bavuga ibyagombaga kubaho. Rimwe na rimwe ibyahanuwe byamaraga imyaka amagana bitarasohora, ariko iyo igihe cyabaga cyuzuye, byabagaho; kubera ko igitekerezo cy’Imana kivuzwe n’umuhanuzi KIGOMBA gusohora.

Umuhanuzi Yesaya yaravuze ngo, “Umwari azasama inda”. Buri muryango w’abaheburayo wateguriraga umukobwa wabo muto kwakira uwo mwana. Bakagura udukweto n’utubote, n’amaranje, maze bakitegura umwana ugomba kuza. Ibisekuru byaratambutse, ariko amaherezo Ijambo ry’Imana ryaje gusohora.

Nkiri umwana muto, nakundaga kwibaza igihe cyose nti, Mwami, nabonye mu Ijambo Ryawe igihe cyose wagiye wunga ubumwe bw’ubwoko bwawe kugira ngo usohoze  Ijambo Ryawe.  Wunze ubumwe bw’abana b’abaheburayo binyuze mu muntu umwe, Mose, ariwe wabayoboye binyuze mu Nkingi y’Umuriro abajyana mu Gihugu cy’Isezerano.

Igihe Wambaye umubiri maze Ugatura hano ku isi, Wunze hamwe abigishwa Bawe. Wabatandukanije na buri kintu ndetse na buri wese kugira ngo Ubahishurire Ijambo Ryawe. Ku munsi wa Pantekote, Wongeye indi nshuro guhuriza ahantu hamwe Itorero Ryawe, mu bitekerezo bimwe no guhuza umutima mbere y’uko Uza kugira ngo ubahe Umwuka Wawe Wera.

Najyaga nibaza, niburyo ki Mwami ibyo byashoboka uyu munsi? Umugeni Wawe akwirakwijwe hirya no hino ku isi. Ese Umugeni wese azaza I Jeffersonville? Ibyo ntabyo nabonye biba Mwami. Ariko Uwiteka, ntabwo ujya uhindura gahunda Yawe. Ni Itegeko Ryawe, ntaburyo buhari bwashobora kubihagarika. Ese niburyo ki Uzabikora?

ICYUBAHIRO KIBE ICY’UWITEKA… UYU MUNSI, dushobora kubibona n’amaso yacu, kandi icy’ingenzi kurutaho, NI UKUBA TURI IGICE CYABYO: Ijambo ry’Iteka ry’Imana ririmo rirasohora. Ntabwo turi ahantu hamwe MU BURYO BW’UMUBIRI, dukwirakwijwe hirya no hino ku isi yose, ariko Umwuka Wera YUNZE HAMWE UMUGENI AKORESHEJE IJWI RY’IMANA. IJAMBO RYAYO RYAVUZWE KANDI RIGAFATWA AMAJWI KU MAKASETE, Ikidakuka cy’Imana kubw’uyu munsi, riri guhuriza hamwe kandi RIKUNGA UMUGENI WAYO… KANDI NTA KINTU GIHARI GISHOBORA KUBIHAGARIKA.

Imana irimo kunga hamwe Umugeni Wayo. Ari kujya hamwe, uhereye Iburasirazuba n’Iburengerazuba, n’Amajyaruguru n’Amajyepfo. Hariho igihe cyo kwihuriza hamwe, kandi biri kubaho ubu. Ni kuyihe mpamvu yihuza? Izamurwa. Amina!

Igihe cyo kunga ubumwe kirimo kubaho UBU NYINE!!! Ni iki kirimo kutwunga? Umwuka Wera binyuze mu Ijambo Ryayo, Ijwi Ryayo. Turi kunga ubumwe kubw’iki? IZAMURWA!!! Kandi turagiye ndeste nta n’UMWE tuzasiga inyuma.

Imana irimo kumutegura. Yego Mugabo, ukwihuriza hamwe! Ni iki Yihuza na cyo? Hamwe n’Ijambo!

Ijambo ry’igihe cyacu n’iki? Ubu BUTUMWA, IJWI RYAYO, Ijwi ry’Imana ku Mugeni Wayo. Ntabwo ari umuntu. Ntabwo ari abantu. Ntabwo ari itsinda. Uwahamirijwe n’Inkingi y’Umuriro, IJWI ry’Imana  riri ku makasete.

“Erega ijuru n’isi byose bizashira, ariko Ijambo Ryanjye ntirizashira.” Arimo kwihuza Ubwe n’UKU NIKO UWITEKA AVUZE atitaye ku byo amadini ayo ari yo yose cyangwa undi muntu wese avuga.

Hatitawe kucyo UWO ARIWE WESE yavuga, turimo turiyunga n’Ijwi ry’Uku Niko Uwiteka Avuze ry’igihe cyacu. Atari ubusobanuro bw’umuntu runaka; Nonese kubera iki tugomba gukora ibyo? Bigenda bihinduka kuri buri muntu, ariko Ijwi ry’Imana ku makasete NTIRYIGERA RIHINDUKA kandi ryatangajwe n’Inkingi y’Umuriro Ubwayo ko ari Ijambo ry’Imana n’Ijwi ry’Imana.

Ikibazo cyabyo ni iki,ku muntu, ntabwo amenya umuyobozi we. yego, mugabo. Bazihuriza inyuma y’idini, bazihuriza inyuma ya musenyeri cyangwa umuntu, ariko ntibazihuriza inyuma y’Umuyobozi, Umwuka Wera mu Ijambo. Murabona? Baravuga ngo, “Oh, rero, mfite ubwoba ko nzahindukamo inkundarubyino; Mfite ubwoba ko naca ahatariho.” ohhh, ngaho aho muri!

Aha niho abanegura bashinjira bereka amatorero yabo maze bakavuga ngo, “Murabona, barimo barashyira hejuru umuntu, Mwene Data Branham. Ni abizera ibyo kugira umuntu imana. kandi bakurikira umuntu, ntabwo ari Umwuka Wera.”

Ni ubupfu, Turimo turiyunga ku IJWI RY’IMANA RYAVUZWE RIGAHAMIRIZWA BINYUZE MU MUNTU. Mwibuke, uwo ni we muntu Imana yatoranije kugira ngo abe Ijwi Ryayo ryo guhamagara no kuyobora Umugeni Wayo muri iyi minsi. Iryo niryo Jwi RYONYINE ryahamirijwe n’Imana Ubwayo.

Ariko ku bihabanye nibyo, BO barimo kwiyunga ku BANTU. NTABWO bazavuza Ijwi ry’Imana riri ku makasete munsengero zabo. Muribaza ibyo bintu??? Umubwiriza ahamya ko yizera ubu Butumwa ko ari Ubutumwa bw’iyi saha, Uku Niko Uwiteka Avuze, ariko agashaka ubusobanuro bw’impamvu BATAvuza iri Jwi mu nsengero zabo, cyokora ubabwiriza BAGOMBA kumwumva n’abandi babwiriza Ijambo… Hanyuma bakavuga ko dukurikiye umuntu !!!

Twumvise Kucyumweru gishize icyo Imana yakoze kuri abo bantu!!

Turimo kwitegura Ubukwe. Turimo turahinduka Umwe hamwe na We. Ijambo rihinduka wowe, na we ugahinduka Ijambo. Yesu yaravuze ngo, “Icyo gihe muzabimenya. Ibyo Data aribyo byose, Ndibyo; kandi ibyo Ndibyo byose, muribyo, kandi ibyo muribyo byose, nibyo Ndibyo. Icyo gihe muzamenya ko Ndi muri Data, Data akaba muri Njye, Njye muri mwe, na mwe muri Njye.”

Urakoze Mwami kubwo Kwihishura Wowe Ubwawe, natwe, mu minsi yacu. Umugeni Wawe ari kwitegura Ubwe binyuze mu Ijambo Ryawe Rivuzwe. Turabizi ko turi Ubushake Bwawe butunganye kubwo kugumana n’Ijambo Ryawe rifashwe amajwi.

Ndatumira isi kugira ngo yumve Ijwi Ryonyine rihamirijwe n’Imana kubw’igihe cyacu  kuri iki Cyumweru. Muratumiwe kugira mwiyunge natwe Kucyumweru I Saa Sita z’Amanywa. Ku isaha y’I Jeffersonville, mu gihe twumva : 63-0818, Igihe cyo Kunga Ubumwe n’Ikimenyetso. Niba udashobora kujya ku murongo ngo wumve hamwe natwe, ufate kasete, KASETE IYO ARIYO YOSE; yose ni UKU NIKO UWITEKA AVUZE, kandi kumva Ijambo ry’Imana biragutunganya ndetse bikagutegurira kuza Kwe kwegereje.

Mwene Data Joseph Branham

Zaburi 86:1-11
Matayo 16:1-3

Arimo kwihuriza hamwe We ubwe. Arimo kwitegura. Kubera iki? Ni Umugeni. Uko ni ukuri. Kandi Arimo Yihuza hamwe n’Umukwe We, murabona, kandi Umukwe ni Jambo. “Mu ntangiriro hariho Ijambo, Ijambo ryari kumwe n’Imana, kandi Ijambo ryari Imana. Nuko Ijambo ryambaye umubiri ritura hagati muri twe.”

Zaburi 86:1-11

Gusenga kwa Dawidi. Uwiteka, ntegera ugutwi unsubirize, Kuko ndi umunyamubabaro n’umukene.

Rindira umutima wanjye kuko ndi umukunzi wawe, Mana yanjye, kiza umugaragu wawe ukwiringira.

Mwami, mbabaririra, Kuko ari wowe ntakira umunsi ukīra.

Wishimishiriza umutima w’umugaragu wawe, Kuko ari wowe Mwami ncururira umutima.

Kuko wowe Mwami uri mwiza, witeguye kubabarira, Kandi wuzuye imbabazi ku bakwambaza bose.

Uwiteka, tegera ugutwi gusenga kwanjye, Tyariza ugutwi ijwi ryo kwinginga kwanjye.

Ku munsi w’amakuba yanjye no ku w’ibyago byanjye nzakwambaza, Kuko uzansubiza.

Mwami, mu bigirwamana nta gihwanye nawe, Kandi nta mirimo ihwanye n’iyawe.

Mwami, amahanga yose waremye azaza, Akwikubite imbere akuramye, Kandi bazahimbaza izina ryawe.

Kuko ukomeye kandi ukora ibitangaza, Ni wowe Mana wenyine.

Uwiteka, ujye unyigisha inzira yawe, Nanjye nzajya ngendera mu murava wawe. Teraniriza hamwe ibiri mu mutima wanjye, Ngo wubahe izina ryawe.

Matayo 16:1-3

Abafarisayo n’Abasadukayo baraza, bamusaba ngo abereke ikimenyetso kivuye mu ijuru, kugira ngo bamugerageze.

Arabasubiza ati “Iyo bugorobye, muravuga muti ‘Hazaramuka umucyo kuko ijuru ritukura.’

Na mu gitondo muti ‘Haraba umuvumbi kuko ijuru ritukura kandi ryirabura.’Muzi kugenzura ijuru uko risa, ariko munanirwa kugenzura ibimenyetso by’ibihe.

25-0921 Ikirego

Ubutumwa : Ikirego 63-0707M

Complete

BranhamTabernacle.org

Bakundwa Abahanaguweho Icyaha,

Noneho, hariya, “abongabo” atari abanyabyaha. “Abo,” ni ukuvuga, itorero ry’icyo gihe, babonye ikosa mu Mugabo Wari Ijambo. Ese siko biri? Babonye ikosa mu Mugabo wari Ijambo. Uyu munsi babona ikosa mu Ijambo rikorera mu muntu.

Kuva mu ntangiriro z’isi bagiye bamusuzugura, baramwanga, banga kugumana n’Ijambo Rye kubwo gukomeza imihango yabo, imigenzo yabo, ibitekerezo byabo. Bagiye igihe cyose bahusha gahunda y’Imana; Imana, nk’Umuntu, wari Ijambo, kandi ubu Ijambo ririgukorera mu muntu.

Ariko mu minsi yacu Yaravuze ngo, “Nzagira itsinda rito, bake batoranijwe. Bari muri Njye kuva mbere. Bazanyakira kandi bizere Ijambo kandi umuntu natoranije guhishura Ijambo Ryanjye. Azaba ari Ijwi Ryanjye kuri bo.”

“Ntabwo bazaterwa isoni no gutangaza Ijwi Ryanjye. Ntabwo bazagira isoni zo kubwira isi ko Naje nkongera kwigaragaza Njye Ubwanjye binyuze mu mubiri w’umuntu nkuko navuze ko nzabikora. Iyi nshuro ntabwo bazaramya umuntu, ahubwo ni Njye bazaramya, Ijambo, rizaba rivugira mu muntu. Bazankunda kandi banyamamaze n’imbaraga zabo zose”

“Rero, Nabahaye ibyo bakeneye byose kugira ngo bahinduke Umugeni Wanjye. Narabakomeje Nkoresheje Ijambo Ryanjye; kubera ko NI IJAMBO RYANJYE ryambaye umubiri. Iyo bakeneye gukira indwara, bavuga Ijambo Ryanjye. Iyo hari imbogamizi irimo ibabuza gutambuka, bavuga Ijambo Ryanjye. Iyo bafite umwana wataye mu nzira, bavuga Ijambo Ryanjye. Icyo bakeneye cyose, bavuga Ijambo Ryanjye, Kubera ko bo ni Ijambo Ryanjye ryambaye umubiri.”

“Bazi abo ari bo, kubera ko nabihishuriye Ubwanjye. Bagumye kuba abizerwa n’abakiranukira Ijambo Ryanjye kandi barimo kwiyunga ku Ijwi Ryanjye. Kubera ko bazi Ijwi Ryanjye, Ijambo Ryanjye, Umwuka Wanjye Wera. Barabizi ko, aho Ijambo riri, niho Ibizu bizateranira.”

Mu gihe umuhanuzi Wayo avuga Ijambo Ryayo kandi agashinja iki gisekuru kubamba Yesu Kristo ku nshuro ya kabiri kandi agatangaza akaga kuri bo, Umugeni we azaba arimo anezerwa. Kubera ko tuziko TURI Umugeni We wemeye kandi akakira Ijambo Ryayo. Turimo turarangurura biturutse mu ndiba z’imitima yacu maze tukavuga ngo:

Ndi Uwawe, Mwami. Nishyize aha ubwanjye kuri iki gicaniro, nkwiyeguriye ubwanjye mu buryo bwose nashobora kumenya. Unkuremo isi, Mwami. Nkuramo ibintu byangirika; umpe ibitangirika, Ijambo ry’Imana. Mbashe kubaho muri iryo Jambo nryegereye cyane, kugeza ubwo Ijambo rizaba muri njye, maze nanjye nkaba mu Ijambo. Biduhe, Mwami. Ureke sinzigere ntandukana Naryo.

Hariho ubugingo, kandi hariho urupfu. Hariho inzira iboneye, kandi hariho inzira ipfuye.  Hariho ukuri, kandi hariho ikinyoma. Ubu Butumwa, Iri Jwi, ni inzira itunganye yateguwe n’Imana kubw’uyu munsi. Ngwino wiyunge n’igice gikomeye cy’Umugeni w’Imana mu gihe duteranira hamwe tuzengurutse Ijambo maze tukumva Ubutumwa: Ikirego 63-0707M.

Mwene Data Joseph Branham

25-0914 Ese Ubuzima Bwawe Buhamanya N’Ubutumwa Bwiza?

Ubutumwa : 63-0630E Ese Ubuzima Bwawe Buhamanya N’Ubutumwa Bwiza?

BranhamTabernacle.org

Bakundwa Bene Data na Bashiki Bacu,

Nkunda Umwami, Ijambo ry’Imana, ubu Butumwa, Ijwi Ryayo, umuhanuzi Wayo, Umugeni Wayo, kuruta ubuzima ubwabwo. Ibyo byose NI KIMWE KURI NJYE. Ntabwo nshaka kuba nagira n’akanyuguti na kamwe ntatira, niyo kaba gato, cyangwa IJAMBO RIMWE Imana yanditse mu Ijambo Ryayo cyangwa yavuze binyuze mu muhanuzi Wayo. Kuri njye, byose ni Uku Niko Uwiteka avuze

Imana yarabitekereje, hanyuma ibibwira abahanuzi Bayo, Nuko barabyandika. Nuko yohereza marayika Wayo ukomeye, William Marrion Branham, ku isi muri iyi minsi kugira ngo abashe kwihishura Ubwe mu mubiri indi nshuro, nkuko Yabikoze hamwe n’Abrahamu. Hanyuma Ivugira mu muhanuzi Wayo ko ari Ijwi ry’Imana ku isi, kugira ngo ahishure kandi asobanure ubwiru bwose bwari bwarahishwe guhera ku mfatiro z’isi kugera ku Mugeni Wayo wamenywe mbere.

Ubu, Umugeni Wayo, MWEBWE, murimo guhinduka Ijambo ryambaye umubiri; Umwe hamwe na We, Umugeni Jambo Wayo ugaruwe mu buryo bwuzuye.

Nzi neza ko hari abanyumva nabi mu byo mvuga cyangwa nandika. Nshaka kuvuga mu buryo buciye bugufi nkuko umuhanuzi yavuze, ntabwo nize amashuri kandi ntabwo nzi kwandika no kuvuga mu buryo butunganye ibyo numva mu mutima wanjye. Nemera ko bisa nkaho nandika n’umwaga rimwe na rimwe. Igihe mbikoze, ntabwo aba ari ikinyabupfura gike, cyangwa ngo bibe ari ikirere kibi cyangwa ngo mbe hari uwo nshaka gucira urubanza, ahubwo ni ibihabanye nabyo. Mbikora bitewe n’urukundo rw’Ijambo ry’Imana mu mutima wanjye.

Ndashaka ko buri wese yemera kandi akizera Ubutumwa Imana yohereje kugira ngo isohore Umugeni wayo. Ntabwo nigeze na rimwe numva mu mutima wanjye cyangwa ngo ntekereze ko ababwiriza badakwiriye kongera kubwiriza ukundi; byaba bihabanye n’Ijambo ry’Imana. Mfite gusa ishyaka kubw’Ijwi ry’Imana riri ku makasete. Nizera ko ariryo Jwi ry’ingenzi UBUKOZI BWOSE bukwiriye gushyira IMBERE y’abantu. Ibi ntabwo bisobanura ko badashobora kubwiriza, ndashaka kubakangurira gucuranga amakasete mu nsengero zabo igihe abantu bateraniye munsi y’uko gusigwa.

Yego, nkunda cyane kubona isi yose irimo yumva Ubutumwa bumwe ku isaha imwe ku isi yose. Atari ukubera ko “NJYE” nabivuze ntyo, cyangwa kubera ko “NJYE” nahisemo ikasete yo kumva, ahubwo niyumvamo nyakuri ko Umugeni agomba kubona uburyo Imana yagennye inzira ibi bigomba kubaho muri iyi minsi yacu.

Uyu munsi iyo tujya kugira amajwi ya Yesu yafashwe arimo kuvuga ku makasete, bikaba Atari inyandiko za Matayo, Mariko, Luka cyangwa Yohana z’ibyo Yesu yavuze (kuko bose bafitemo akantu k’itandukaniro gato iyo babivuga), ariko mwajyaga kwiyumvira n’amatwi yanyu, Ijwi rya Yesu, Uko ateye, za hain’t, totes, na fetches Ze, ese umupasteri uyu munsi yajyaga kubwira itorero rye ati, “ntabwo turibucurange kasete za Yesu mu rusengero rwacu. Narahamagawe kandi nasigiwe kubwiriza, no kubisoma. Muzabyumve ari uko mugeze mu rugo.” Ese abantu bajyaga kubyihanganira? Biteye agahinda kubivuga gutyo, ariko nibyo neza neza barimo gukora uyu munsi. NTA TANDUKANIRO RIHARI, uburyo bwose bagerageza kubisigiriza.

Kubwanjye, Mwene Data Branham yaduhaye urugero. Yakundaga iyo insengero zose, ingo, cyangwa aho baba bari hose, babaga bari ku mirongo y’itumanaho kugira ngo babashe kumva Ubutumwa bose kugihe kimwe. Yarabizi ko bashobora, kandi babikora, gushaka amakasete no kuyumva nyuma, ariko yashakaga ko baba umwe maze bakumva Ubutumwa bose ku isaha imwe… KURI NJYE NI IMANA YARIMO YEREKA UMUGENI IBIGOMBA KUBAHO MU MINSI YACU N’ICYO GUKORA.

Buri mubwiriza w’ukuri wizera Ubutumwa azemera ko nta kintu cyaruta kwicara munsi yo gusigwa uri kumva Ijwi ry’Imana, ariryo ryafashwe amajwi kandi rigashyirwa ku makasete. Umugeni azabyizera, kandi agire Guhishurirwa, ko ubu Butumwa ariryo Jambo ry’Imana kubw’uyu munsi. Nashobora guca urubanza binyuze mu Ijambo gusa, ariko umuntu wese utazavuga ko ubu Butumwa aribwo Kidakuka cye nta Guhishurirwa afite kw’Ijambo ry’uyu munsi, none, ni gute abo baba Umugeni We?

Ntabwo ari ugusubiramo amagambo, kubwiriza cyangwa kwigisha, ahubwo kumva amakasete niho HANTU HONYINE Umugeni ashobora kuvuga ngo nizera buri Jambo. Ubu Butumwa ni Uku Niko Uwiteka Avuze. Icyo mbwiriza cyangwa nigisha ntabwo ari Uku Niko Uwiteka Avuze, ahubwo icyo Ijwi ry’imana rivuze ku makasete NI ICYO… ni Ijwi RYONYINE rihamirijwe binyuze mu Nkingi y’Umuriro.

Ndabizi ko hari bene data na bashiki bacu bavuga, kandi bakumva ko, “niba utumva Ubutumwa bwa Branham Tabernacle itangaza, ngo usome inzandiko z’Ibizu Biteranye, kandi ngo mwumve mu ngo zanyu ku isaha imwe ko utari Umugeni” cyangwa “ko ari kosa kujya ku rusengero, ko mugomba kuguma mu ngo zanyu.” IBYO BIRAPFUYE. SINIGEZE NARIMWE mbitekereza, ngo mbivuge, cyangwa ngo mbyizere. Ibyo byateye gutandukana kwinshi, kwiyumva nabi, ndetse kudasabana k’Umugeni kandi umwanzi arabikoresha kugira ngo atandukanye abantu.

Sinigeze nshaka gutandukanya Umugeni, Ndashaka kunga Umugeni nkuko Ijambo rivuga TUGOMBA KWIYUNGA NK’UMUNTU UMWE. Ntabwo dukwiriye guhangana umwe ku wundi, ariko nta kindi gihari cyatwunga kitari Ijwi ry’Imana riri ku makasete

Ntabwo twagakwiye kuba tujya impaka no kubwira abantu icyo BAKWIRIYE GUKORA cyangwa ko batari Umugeni, mwe gusa mukora nkuko UMWAMI ABAYOBOYE GUKORA. Baracyari bene Data na bashiki bacu. Dukeneye gukundana no kubahana umwe kuwundi.

Mu by’ukuri, ntimugatongane. Murabona? Ikirere kibi kibyara ikirere kibi. Ikintu cya mbere, murabizi, muteza Umwuka Wera agahinda kandi mukamujyana kure yanyu, kandi mugakomeza gutongana. Icyo gihe Umwuka Wera arigurukira. Ni ukuri. Ikirere kibi kibyara ikirere kibi.

Hamwe n’icyo umuhanuzi avuze hano, ntabwo nshaka kubabaza Umwuka Wera. Ntabwo nshaka na rimwe kujya impaka. Dushobora kungurana inama hamwe mu rukundo, ariko atari uguhangana. Niba naravuze ikintu cyaba cyaragize uwo gikomeretsa mu byo nanditse cyangwa navuze, ndabinginze mu mbabarire, iyo ntabwo yariyo ntego yanjye.

Nkuko nabivuze mbere, niyumvamo umuhamagaro mu buzima bwanjye uvuye ku Mwami wo kwerekeza abantu ku Ijwi ry’Imana kubw’uyu munsi. Abandi bakozi bafite ukundi guhamagarwa ndetse ahari no kuba babona ibintu mu buryo butandukanye, Icyubahiro kibe icy’Uwiteka, barimo barakora icyo BO biyumvamo ko bayobowe n’Umwuka w’Imana gukora. Ubukozi Bwanjye ni ukubwira Umugeni gusa ngo “KANDAHO BIVUGE”n’uko “Ijwi ry’Imana riri ku makasete ariryo Jwi ry’ingenzi mushobora kumva.” “Nizera ko ubukozi bukwiriye gucuranga Ijwi ry’Imana riri ku makasete mu nsengero zabo.”

Inzandiko nandika buri cyumweru zireba igice cy’Umugeni cyiyumvamo ko bo ari igice cya Branham Tabernacle. Ndabizi ko abandi benshi babisoma, ariko ni inshingano zanjye gukora uko niyumva nyobowe gukora kubw’urusengero rwacu. Buri rusengero rurigenga; bagomba gukora uko biyumvamo ko bayobowe gukora, ibyo ni Ijambo 100%. Ntabwo mbarwanya, n’ubwo tutemeranya. Kuko njye na Branham Tabernacle, dushaka kumva gusa Ijwi ry’Imana riri ku makasete. Ndatumira isi kugira ngo biyunge natwe buri cyumweru. Ndabakangurira niba badashobora kwiyunga natwe, ko bafata kasete, kasete iyo ariyo yose, maze bagakandaho bikavuga. Bazagira gusigwa kuruta uko byigeze biba mbere. Kubindi, ndatumira kuri iki cyumweru kwiyunga natwe Kucyumweru I Saa Sita z’Amanywa, ku isaha y’I Jeffersonville, mu gihe twiyunga hamwe ngo twumve, 63-0630E Ese Ubuzima Bwawe Buhamanya N’Ubutumwa Bwiza?

Mwene Data Joseph Branham

25-0907 Gusohoka kwa Gatatu

Ubutumwa : 63-0630M Gusohoka kwa Gatatu

Complete

BranhamTabernacle.org

Mukundwa Mugeni Wo Gusohoka Kwa Gatatu,

Niba udafite ijisho ry’umwuka, ntushobora gusobanukirwa ibi. Ariko ijisho ry’umwuka ribasha kubona imbaraga z’Imana  ziri gukora kubera ko ziba ziri kumwe n’Ijambo neza neza. Nizo Jambo, kandi Ijambo ry’Imana ntiryigera rihinduka. Ibyo Yakoze mu itangira nibyo Arimo akora n’ubu kandi ijisho ry’umwuka rirabibona, rirabyizera, kandi RIRABYUMVA.

Isi ishobora kutemeranya nanjye kucyo nizera ko aricyo nzira Imana yatanze kubw’uyu munsi: Ijwi ry’ingenzi mukwiriye kumva ni Ijwi ry’Imana riri ku makasete. Mugomba gucuranga amakasete mu nsengero zanyu, Kandi NIBA wizera nyakuri ubu Butumwa, noneho ntabwo ushobora guhakana icyo umuhanuzi w’Imana yavuze.

Kuri iki Cyumweru turaba duteraniye hamwe kimwe n’abana b’Abaheburayo uko babikora kugira ngo bakire manu bahabwaga mu ijoro, kandi iyo yagombaga kubatunga umunsi ukurikiyeho. Tuributeranire hamwe kubwa Manu yacu y’Umwuka ariyo iduha imbagara kubwo Gusohoka kwacu gukomeye kwegereje.

Nta yindi nzira iruta iyo kwemerera Ijwi ry’Imana Rikabivuga Ubwaryo, kuri We Ubwe, n’ubu Butumwa tugiye kumva BURAPAKIYE!

Imana yajyanye umuntu umwe mu butayu, Iramutoza maze Iramugarura, hanyuma Yishingira icyo kintu aba ari yo Ikigenzura, maze Isohora ubwoko Bwayo. Mwaba musobanukiwe icyo nshaka kuvuga? Ntiteze kuzahindura gahunda Yayo. Ni Imana.

Noneho hano Atubwira mu buryo bweruye ko Atazigera ahindura gahunda Ye. Icyo Yakoze guhera mu itangira, Azongera Kugikora ku iherezo, Yarabisezeranye. Noneho ubu tugomba kumenya icyo Gahunda Yayo yari cyo icyo gihe kuko igomba kuba ari iyo Gahunda imwe ubu.

Ntiteze kuzakoresha itsinda; nta byo Yigeze; Ikoresha umuntu ku giti cye, uko Yabikoze, n’uko Izabikora, kandi Yanabisezeranye muri Malaki 4 ko Yajyaga kubikora,

Ntiyigera ikoresha itsinda. Rero, yasezeranije mu minsi yacu ko Izohereza umuntu, Malaki 4, afite Uku Niko Uwiteka Avuze.

Uko ni ukuri. Noneho ngiryo rero isezerano Ryayo, icyo Yari cyo, isezerano Yavuze ko yagombaga gusohoza, none dore ni ho turi. Mbega ubwoko buhiriwe twakagombye kuba bwo! Abaha ikimenyetso binyuze mu kimenyetso cy’Ijambo Ryayo ryasezeranywe, Ijambo ryasezeranywe… Yasezeranye ko Yajyaga kubikora.

Ni buryo ki Imana yahisemo kugarura Umugeni Wayo noneho?

Imana yaratoranije, igihe cyo gusohoka, Yahamagariye itsinda gusohoka muri ririya tsinda… Nashakaga ko mugira icyo mwitegereza. Habayeho babiri (2) gusa bashoboye kugera mu Gihugu cy’Isezerano. Ni ubuhe buryo Yakoresheje ibavanayo?

Ngaha aho biri. Ibi ni ingenzi cyane ku bitekerezo by’umwuka  kubishyikira. Uburyo Imana yahisemo kuyobora no kujyana Umugeni mu gihugu cy’Isezerano?

Politiki? Idini? Yatoranije umuhanuzi hamwe n’ikimenyetso kidasanzwe, Inkingi y’Umuriro, kugira ngo ubwoko butibeshya. Icyo umuhanuzi yavugaga cyose cyari Ukuri. Imana yamanukiye mu Nkingi y’Umuriro maze Irihamya, Igaragaza Ijambo Ryayo. Byaba ari iby’ukuri? Ni cyo Yazaniye isohoka Ryayo rya mbere. Mu isohoka Ryayo rya kabiri…

Noneho, kubwo kugira ngo Imenye neza ko abantu batazibeshya, Yaboherereje umuhanuzi ufite ikimenyetso kidasanzwe cy’Inkingi y’Umuriro kubwo gusohoka kwabo gukomeye.

Mwitegereze, ni iki Yakoze mu isohoka rya mbere? Yohereje umuhanuzi usizwe hamwe n’Inkingi y’Umuriro, maze Ihamagarira abantu gusohoka. Iryo ryari isohoka rya mbere…

Mu isohoka rya kabiri, Yahagurukije Umuhanuzi, usizwe, ari we wari Umwana Wayo, Imana-Muhanuzi. Mose yari yaravuze ko Yajyaga kuba Umuhanuzi, kandi Yari afite Inkingi y’Umuriro kandi Yakoze ibimenyetso n’ibitangaza,

Kandi hano Yasezeranye icyo kintu kimwe mu isohoka rya nyuma, kandi ntiteze kuzabihindura…

Benshi bazabyemera bavuge bati, yego, yohereje umuhanuzi guhamagara Umugeni ngo asohoke, ariko ubu Umwuka Wera niwe uzayobora Umugeni binyuze mu bukozi; ariko ntiyigeze avuga ibyo… Reka noneho dukomeze dusome.

Mwitegereze Inkingi y’Umuriro yabahamagariye gusohoka, ikabayobora mu Gihugu cy’Isezerano munsi yo gusigwa k’umuhanuzi. Inkingi y’Umuriro babonaga yabayoboye mu Gihugu cy’Isezerano binyuze mu muhanuzi usizwe. Kandi bahoraga bamwanga. Ese siko biri? Ni ukuri

Iyi Nkingi y’Umuriro imwe irimo irayobora abantu indi nshuro ibajyana mu Gihugu cy’Isezerano, Ingoma y’Imyaka Igihumbi.

Inkingi y’Umuriro, munsi yo kuyoborwa n’Imana… Imana yari Umuriro, kandi nta kindi Inkingi y’Umuriro yakoraga usibye gusiga umuhanuzi. Inkingi y’Umuriro yagombaga kuba hariya nk’umuhamya w’Ijuru w’uko Mose yahamagariwe gusohoka.

Noneho, mwibuke ko Mose atari we iyo Nkingi y’Umuriro. Yari umuyobozi usizwe, uyobowe na ya Nkingi y’Umuriro, kandi iyo Nkingi y’Umuriro nta kindi Yakoraga uretse guhamiriza Ubutumwa Bwe n’ibimenyetso n’ibitangaza.

Ncuti zange, nta kwibeshya kurimo, ibifite agaciro si ibyo mvuga; ndi mweneso gusa; Ahubwo ni Icyo Imana ihamya imbere yanyu, ni Cyo kigira ibyo Ukuri. Ya Nkingi y’Umuriro Yakoresheje izo nshuro ebyiri zindi, Yayigaruye hagati yanyu none kandi Bihamijwe n’ubushakashatsi.

Imana ntiyigera ihindura gahunda Yayo. Imana ifite inzira yateguye kubw’Umugeni Wayo uyu munsi: Inkingi y’Umuriro, munsi yo kuyoborwa kw’Imana… Imana yari Umuriro, kandi Inkingi y’Umuriro yasigaga gusa umuhanuzi

Hariho Ijwi rimwe gusa, umuhanuzi umwe, uwo ufite Uku Niko Uwiteka Avuze, William Marrion Branham. We ntabwo ari Inkingi y’Umuriro, ahubwo we ni umuyobozi uyobowe n’Inkingi y’Umuriro,

Twese turashaka kuba mu Bushake BUTUNGANYE bw’Imana. Ijambo Ryayo NI ubushake Bwayo Butunganye. Ijambo rihamirijwe ry’iminsi yacu ni ubu Butumwa. Umuhanuzi Wayo yatoranijwe kugira ngo ayobore Umugeni Wayo. Niba mutizera ibyo, ntimushobora kuba Umugeni Wayo.

Ngwino maze dutegure Gusohoka kwacu gukomeye binyuze mu kumva Ijambo ritunganye ry’Imana hamwe natwe ku Cyumweru I saa Sita z’amanywa., ku isaha y’I Jeffersonville, mu gihe twumva: Gusohoka kwa Gatatu 63-0630M

Mwene Data Joseph Branham

25-0831 Kuki Urira? Vuga!

Ubutumwa : 63-0714M Kuki Urira? Vuga!

BranhamTabernacle.org

Mukundwa Rusengero Rw’Imana,

Imana  yaravuze kandi iravuga ngo: “Ntabwo nigera nkorera ku isi, keretse binyuze mu muntu. Jyewe—Jyewe—ndi Umuzabibu, namwe muri amashami. Kandi nzigaragaza gusa igihe nzabona umuntu UMWE. Kandi naramutoranyije: William Marrion Branham. Namwohereje guhamagara Umugeni wanjye. Nzashyira Ijambo ryanjye mu kanwa ke. Ijambo ryanjye rizaba ari ryo Jambo rye. Azavuga Amagambo Yanjye kandi azavuga gusa icyo Mvuze.”

Ijwi ry’Ibyanditswe ryavugiye mu Nkingi y’Umuriro, riramubwira riti: “Naragutoranije, William Branham. Ni wowe muntu. Narakureze ku bw’iy’impamvu. Nzaguhamiriza binyuze mu bimenyetso n’ibitangaza. Ugiye kumanuka kugira ngo uhishure Ijambo Ryanjye no kuyobora Umugeni Wanjye. Ijambo Ryanjye rigomba gusohozwa NAWE.”

Umuhanuzi wacu yari azi neza ko yatumwe kubw’iyo mpamvu nyirizina yo kugira ngo ahishure ubwiru bwose bwa Bibiliya, no kugira ngo ayobore Umugeni w’Imana mu Gihugu cy’Isezerano. Yari azi ko icyo avuze Imana igihagararaho kandi ikagisohoza. Ndashaka ko mutigera mwibagirwa iryo Jambo. Icyo umuhanuzi wacu avuze, Imana izacyubaha, kubera ko Ijambo ry’Imana ryari muri William Marrion Branham. Ni we Jwi Ry’Imana ku isi.

Yari abizi ko ari we ntumwa y’Imana marayika wa karindwi usizwe. Yari azi neza mu mutima we ibintu byose Imana yamuvuzeho mu Ijambo Ryayo. Ibya gurumanaga mu mutima we byahindutse ukuri. Yari asizwe kandi abizi ko afite UKU NIKO UWITEKA AVUZE. Ntacyari gihari cyajyaga kumubuza gukomeza kuvuga Ijambo ry’Imana.

Imana yaramubwiye iti: “Ijambo ryanjye, na we, intumwa yanjye, byose ni kimwe.” Yari azi ko ari we watoranirijwe  kuvuga Ijambo ritagira ikosa. Ibyo nibyo gusa yari akeneye. YARAVUGAGA, MAZE IMANA IKABISOHOZA.

Guhishurirwa k’ubu Butumwa N’Intumwa y’Imana byazamuye ukwizera kwacu ku rwego rwo hejuru kurusha mbere. Byaradusohoye bitwinjiza mu bihe bikomeye. Byadutandukanije n’ibindi bintu byose uretse Ubutumwa Bwayo, Ijambo Ryayo, Ijwi Ryayo, n’Amakasete Yayo.

Uko twaba turi itsinda rito kose, uko baduseka kose, bakatugaya, ntacyo bihindura. TURABIBONA. TURABYEMERA. Hari ikintu kiri muri twe. Twari twaragenewe kuKIbona, kandi nta kibasha kutubuza kuCYIzera.

Twibuka icyo  Iyerekwa ryavuze ngo:
“Subirayo ugende uhunike Ibyo Kurya.”
None se ubwo bubiko bw’Ibyo Kurya bwari he? Mu Ngando ya Branham. Ese Haba hari ahandi mu gihugu, cyangwa  ku isi hose hagereranywa n’ubutumwa dufite?
NIRYO Jwi ryonyine ryahamirijwe n’Imana Ubwayo ko ari Uku Niko Uwiteka Avuze.
IJWI RIMWE GUSA!

Ni he handi se twashobora cyangwa twakwifuza kujya, mu gihe yavuze ngo:

“Hano ni ho Ibyo Kurya byahunitswe…

byahunitswe hano. Biri ku makasete. Bizajya ku isi hose, aho abantu bari mu mazu yabo.

Izo kaseti zizagwa neza mu maboko y’abajyenwe mbere n’Imana. Ishobora kuyobora Ijambo, kandi izayobora buri kintu cyose mu nzira yacyo nyakuri. Ni cyo cyatumye Anyohereza ngo ngaruke gukora ibi: “Hunika Ibyo Kurya hano”.

Turi Umugeni Jambo We Utunganye uwo wagumanye n’Ibyo Kurya Byahunitswe. Nta mpamvu yo kongera kurira ukundi, tuvuga Ijambo gusa maze tukigendera, kubera ko TURI Ijambo.

Nta kintu na kimwe cyo kuduhangayika. Ntabwo dukeneye kurara dusenga ijoro ryose kugira ngo Iduhishurire abo turibo,  Ijambo ryaraduhishuriwe. Tuzi abo turi bo, kimwe n’Umuhanuzi w’Imana. Kandi yamaze kutubwira abari buzagende..

Buri wese muri twe! wenda waba uri umugore mu rugo, cyangwa ukaba uri umukobwa utarashaka, cyangwa  ukaba uri umukecuru,  cyangwa ukaba uri umusore, cyangwa ukaba uri umusaza, cyangwa icyo waba uricyo cyose, turagiye, uko biri kose. Nta n’umwe muri twe uzasigara. Amen!
Buri wese muri twe aragiye, kandi ntakibasha kuduhagarika.

muvuga ibijyanye no kuduha KWIZERA kw’Izamurwa!!!

Ngwino wiyunge n’igice cy’Umugeni w’Imana mu gihe duteranira ku Ijwi ry’Imana rihamirijwe, mu gihe Avuga kandi Akatubwira ngo: Nkoramutima yanjye, Ntore yanjye, Mugeni Wanjye, Kuki Urira, Vuga, maze ukomeze ugende

Bro. Joseph Branham

Ubutumwa: 63-0714M – “Kuki Urira? Vuga!”

Isaha: Saa Sita z’amanywa (12:00 PM) – Isaha ya Jeffersonville

Ahantu:

Ariko hari Itorero rimwe nyakuri, kandi nturyiyungaho. Urivukamo; Murabona? Niba wararivutsemo, Imana nzima Ubwayo ikorera muri wowe, maze Ikimenyekanisha. Murabona? Aho ni ho Imana ituye: mu Itorero ryayo. Imana ijya ku Rusengero buri munsi, ndetse Iba mu Rusengero. Iba muri wowe. Uri Urusengero Rwayo. Uri Urusengero  Rwayo. Uri Ingando Imana ituramo. Uri Urusengero rw’Imana nzima, wowe ubwawe.

25-0824 Ubusabane

Ubutumwa : 65-1212 Ubusabane

BranhamTabernacle.org

Mukundwa Mugeni Wenyine Jambo Rihamirijwe,

Mbega ukuntu dushimira Umwuka Wera kubwo Guhishurirwa k’ukuri kw’Ijambo Ryayo rihamirijwe kubw’uyu munsi. Benshi bahamya ko bizera Mwene Data Branham ko ari umuhanuzi w’Imana usohoza Ibyanditswe byasezeranwe kuri we, ariko Guhishurirwa k’ukuri kw’Ijambo na gahunda y’Imana babihishwe.

Buri rwandiko rw’urukundo rw’Ubutumwa Umugeni yumva, Imana iduhamiriza ko turi mu Bushake Bwayo butunganye mu kumva Inzira Yayo yatanze kubw’uyu munsi, Ijwi ry’Imana riri ku Makasete

Kandi tugomba kumukurikira, ni bwo buryo bwonyine bwo kubona Ubugingo Buhoraho. Rero, kuyoborwa n’Imana, ni: ugukurikira Ijambo ry’igihe cyawe rihamirijwe n’Umwuka Wera.

Inzira YONYINE igana mu bugingo Buhoraho ni: Umwuka Wera uyobora kugira dukurikire Ijambo rihamirijwe. Ninde ufite Ijambo rihamirijwe ry’uyu munsi? Ese ninde Imana yatoranije kugira ngo asobanure Ijambo Ryayo? Ese ninde Imana yavuze ko ari we Jwi Ryayo kubw’uyu munsi? Ese ninde Imana Ubwayo yavuze ko ari umuyobozi uhamirijwe wo kuyobora Umugeni Wayo uyu munsi? Ese ni ubukozi?

Ni nk’uko navuze ku cyana cy’ikizu, igihe yumvise Ijwi ry’Umukwe, yaramusanze, Ijambo ry’Imana ry’iminsi ya nyuma, risizwe kandi rihamirijwe.
Nowa yari Ijambo rihamirijwe ku bw’igihe cye.
Mose yari Ijambo rihamirijwe ry’igihe cye.
Yohana yari Ijamo rihamirijwe.

Bashobora gushyiramo icyaricyo cyose kizimije cyangwa ubusobanuro kuri Ryo uko babishaka, ariko:

WILLIAM MARRION BRANHAM NI IJAMBO RY’IMANA RIHAMIRIJWE KUBW’UYU MUNSI!

Rero, kuyoborwa n’Imana, ni: ugukurikira Ijambo ry’igihe cyawe rihamirijwe n’Umwuka Wera.

None se kuvuza Ijwi ry’Imana rihamirijwe mu rusengero rwanyu ntabwo ari ikintu cy’ingenzi Umugeni ashobora gukora? Ese ni ingenzi cyane kumva irindi jwi ritari iryo?

Ese ni itsinda ry’abantu n’ubukozi bwabo buzunga kandi bukayobora Umugeni? Ese Umugeni azungwa n’icyo ubukozi buvuze? Ntibahuza mu byo bavuga, noneho ubwo ninde dukwiriye gukurikira?

Ese ubusobanuro bwabo kuri ubu Butumwa nicyo tuzacirwaho urubanza? Ese baba bafite Inkingi y’Umuriro ihamiriza ubukozi bwabo? Ese ubusobanuro bwabo ku Ijambo nicyo Kidakuka cyawe?

Umuhanuzi avuga ko Umugeni AZAHURIZWA HAMWE. Ibaze ubwawe, ni iki kizasohoza ubu buhanuzi kugira Umwami aze maze azamure Umugeni We?

Kandi noneho, igihe ubwoko bw’Imana buzatangira kugaruka kuguteranira hamwe, hazaba ubumwe, hazaba hari imbaraga. Murabona? Kandi igihe cyose ubwoko bw’Imana buteraniye hamwe mu buryo bwuzuye, nizera ko aricyo gihe hazabaho umuzuko. Hazabaho igihe cy’izamurwa igihe Umwuka Wera uzatangira kubateraniriza hamwe. Bo–bazaba ari bake, birumvikana, ariko hazabaho guteranirizwa hamwe gukomeye.

Ese kuzaba ari ugukusanyirizwa hamwe gukomeye tuzengurutse ubukozi bw’umuntu runaka, undi wundi utari umuhanuzi w’Imana wahamirijwe? Ese rizaba ari ITSINDA ry’abakozi b’Imana kubera ko bamwe mu bukozi butanu bavuga ko TUTAGOMBA kuvuza Ijwi ry’Imana mu rusengero rwacu, ko ari ikosa. Ese abo nibo bazayobora Umugeni

NDABINGINZE MUMFASHE! NI UWUHE MUKOZI W’IMANA NKWIRIYE GUKURIKIRA, KUKO NIFUZA KUBA UMWE MURI UKO GUTERANIRIZWA HAMWE GUKOMEYE.

Bamwe baravuga ngo ubukozi butanu bw’Inkuba Zirindwi nibwo buzatunganya Umugeni. Bamwe mu bukozi butanu baravuga ngo iminsi y’ubukozi bw’Umuntu-Umwe yararangiye. Bamwe mu bukozi butanu bavuga ko tugomba kugaruka kuri pantekote. Abandi bavuga ko Ubutumwa ATARI ikidakuka. Bamwe bavuga ko nuvuza kasete uzaba uri mu bizera ibigirwamana. Bose bagenda bavuga ibitandukanye, ibitekerezo bitandukanye, ariko buri wese muri BO avuga ko bayobowe n’Umwuka Wera.

ESE NI UBUHE BUKOZI BUTANU NKWIRIYE GUKURIKIRA? Ese ndamutse nkurikiye pasteri “WANJYE” w’ubukozi butanu, ese nzaba Umugeni? Hariho “Amatsinda” menshi atandukanye y’abakozi b’ubukozi butanu. Aba bakozi 20 bajya hamwe maze bakagira amateraniro yabo, ariko bakaba mu buryo bwuzuye batemeranya n’abandi bakozi 20 bagize andi yabo atandukanye… ese ni ayahe materaniro nkwiriye kujyamo kugira ngo mbe ntunganye kandi nunzwe hamwe… amwe muri yo… cyangwa yose?

Kandi abantu bizera ko AKA KADURUVAYO ariko kagiye KUNGA KANDI KAGATUNGANYA UMUGENI? Bavuga ko bose ari ABAKOZI B’UBUKOZI BUTANU BAHAMAGAWE N’IMANA. Ariko ntabwo barimo babayobora KUKUYOBORWA K’UKURI BINYUZE MU MWUKA WERA, BARIMO BARABAYOBORA KURI BO UBWABO NO KU BUKOZI BWABO.

Kuri njye, nta nubwo mukeneye guhishurirwa kugira ngo mumenye ko ibyo bidashobora na gato GUHURIZA HAMWE cyangwa KUYOBORA Umugeni wese. IJAMBO RYONYINE niryo rizunga Umugeni, binyuze mu IJWI RY’IMANA UBWAYO KU MAKASETE.

Bene Data na bashiki bacu, byaba byiza mubyutse niba muri gukurikira umupasteri ubwiriza gusa kandi agasubiramo Ijambo, aribyo bizima kandi BIKABA NYAKURI aricyo akwiriye gukora, ariko akaba atakubwira, ndetse ngo AKORE iby’ingenzi cyane, aribyo KUVUZA IJWI RY’IMANA KU MAKASETE MU RUSENGERO RWANYU.

Mwene Data Branham atubwira ngo:

Noneho, dufite amategeko ya kimana atatu gusa yo mu buryo bw’umubiri twasigiwe. Rimwe muri yo ni : Ifunguro ryera ; Kozanya ibirenge, Umubatizo wo mu mazi. Ni ibyo bintu bitatu gusa. Ni ugutungana muri gatatu. Murabona.

Nifuzaga ko twagira Ubusabane bw’Ifunguro Ryera n’Amateraniro yo Kozanya Ibirenge kuri iki Cyumweru, Umwami nabishaka. Nkuko twabikoze mu gihe gishize, ndifuza kubakangurira gutangira saa kumi n’imwe z’umugoroba ku masaha y’iwanyu. Nubwo Mwene Data Branaham avuga ko intumwa zagiraga Ifunguro Ryera buri gihe uko bahuye, ashima ko ryakorwa mu gihe cy’umugoroba, kandi akaryita ko ari Ifunguro Ry’Umwami Rya Nimugoroba.

Ubutumwa n’Amateraniro y’Ubusabane bw’Ifunguro Ryera aratambuka kuri Radiyo Ijwi, kandi haraza kuba hari umurongo tubasha kumanuriraho dosiye z’amajwi, kuri abo badashobora gushyikira Radiyo Ijwi ku Cyumweru nimugoroba.

Mwene Data Joseph Branham

UMUTSIMA W’IGABURO RYERA

Umutsima w’Ubusabane uzwi kandi nk’‘umutsima w’ikubagahu,’ cyangwa ‘umutsima wa Pasika.’ Igihe Abana b’Isirayeli bakurwaga mu bubata bwa Farawo muri Egiputa, ntibabonye umwanya wo guteka umutsima mu buryo busanzwe, bafite umusemburo, cyangwa yeast, byo gutera umutsima kubyimba; ahubwo bawukoresheje ifu itarimo umusemburo, kuko bari ku ikubagahu ry’urugendo rwabo.

Kimwe mu bintu bya nyuma Umwami Yesu yakoze hano ku isi, ni ugufata Ubusabane bw’ifunguro ryera hamwe n’intumwa ze; kandi ni ikintu giteye amatsiko kubona ko n’Ubutumwa bwa nyuma Bwa Mwene Data Branham yabwirije, bwari ‘65-1212 Ubusabane.

Ijambo ridutoza yuko umutsima ugomba gukorwa n’abantu bitangiye ubwabo ndetse bakiyegurira Imana. Ni umwizera wuzuye Umwuka Wera wenyine ugomba gutegura uwo Mutsima wo gukoreshwa mu materaniro y’Igaburo Ryera

Mu gutegura umutsima w’Ubusabane, ubanza kuvanga ifu n’amazi. Tangirira kuri ½ cy’igikombe cy’amazi ashyushye, hanyuma wongeremo utuyiko tw’ifu buhoro buhoro kugeza igihe bibereye umutsima woroheje (ushobora kuwukoresha intoki cyangwa imashini ivanga).”

Umutsima urapondwa gake gake. Bakawurambura ahantu banyanyagije ifu ugasigara ari gato

Umutsima urawutobagura inshuro eshatu cyangwa enye ukoresheje ikanya, kugira ngo ntuze kubyimba mugihe uwuteka. Rambika umutsima warambuwe ku isahani yo mu ifuru ukoresheje impapuro zabugenewe.

Wotse Umugati mu minota cumi n’itanu mu ifuru ifite ubushyuhe bwa degree 200o C. Cyangwa, ushyire umutsima warambuwe mu isafuriya iremereye yamaze gushyuha. Hindukiza inshuro imwe kugira ngo impande zombi zibashe gushya neza mu ifuru. Nta mavuta akenewe.

Noneho manyaguramo uduce duto duto n’ibiganza byawe. Utwo tumanyu tw’umugati dushushanya umubiri washenjaguwe w’Umwami Yesu.

Iyo bikiri kuri uru rwego ntacyo bitwaye kuba wajugunya utwasagutse, kubera ko biba bitarasengerwa.

Igihe umutsima wamaze gusengerwa mu materaniro y’Igaburo Ryera, umugati usigaye ugomba koswa mbere y’uko umuseke w’undi munsi uhinguka. Gutwikwa k’umutsima bishushanya urugendo rwa Isiraheli mu butayu, igihe manu nshya yamanukana ivuye mu Ijuru buri munsi. Umutsima w’umunsi watambutse wabaga wamaze guhumana kandi ntabwo wabaga ari mwiza. Ni uko byari, usibye ku Munsi w’Isabato, igihe nta muntu wabaga yemerewe gukora, no kuba yajya guhumba manu nshya aho mu mbuga. Kubw’iyi mpamvu, ibyo kurya byabikwaga ku munsi ubanza kandi bakabishyira mu mahema yabo, maze Uwiteka akabibarindira kugira ngo bazabirye ku munsi w’isabato, cyangwa umunsi wo kuruhuka. (Wabisanga – mu Kuva 16)

Mwene Data Branham nawe yashushanije uku koswa k’umutsima n’ibisekuru birindwi by’itorero, kuko buri gisekuru cy’itorero cyagomba kurangiraho burundu mu rwego rwo kugira ngo gihe inzira manu nshya izanwe n’igisekuru cy’itorero gikurikiyeho. Ikiruseho, yabishushanyije n’imyitozo y’umwizera ku giti cye, ndetse n’uburyo tugomba gupfa buri munsi, kugira ngo twemerere Umwuka Wera kumanuka mushya mu buzima bwacu bwa buri munsi.

Mu rwego rwo kugira ngo umenye neza ko umutsima watwitswe rwose byuzuye, ni byiza kuwushyira mu gipfunyika cy’ibipapuro, maze ugatererwa hagati mu muriro waka cyane. Ibi bizahamiriza neza ko utumanyu twose twasigaye twatwitswe.

56 Uyu mutsima w’ifunguro, ukorwa n’Umukristo. Ni umutsima udasembuwe. Kandi nimubigenzura, igihe uwushyize mu kanwa kawe, uba uhanda, kuburyo ukarishye. Utabuwe kandi uvunaguritse, ushenjaguwe, aribyo bivuze kuvunagurika, umubiri washenjaguwe w’Umwami wacu Yesu. Oh, n’igihe gusa mbitekerejeho, umutima wanjye usa nkaho usimbuka ukubita! Igihe mbitekereje ko yashenjaguwe maze agakubitwa kandi agacumitwa, Umwana w’Imana udafite inenge! Muzi impamvu Yakoze Ibyo? Kubera ko nahamwaga n’icyaha. Kandi Yahindutse njye umunyabyaha, kugira ngo Njye binyuze mu Gitambo Cye mbashe guhinduka usa na We, umwana w’Imana. Mbega Igitambo! 62-1231 — The Contest – Amarushanwa

VINO Y’IGABURO RYERA

Umuvinyo w’Igaburo Ryera ushushanya Amaraso y’Umwami Yesu, ariyo atwezaho ibyaha byacu, kandi tuwunywa kugira ngo twerekane urupfu rw’Umwami kugeza igihe azagarukira. Umuvinyo w’Igaburo Ryera ntugomba kuba umutobe w’imizabibu, kuko uwo ushira uragaga kandi ukangirika uko ugenda usaza; ahubwo ugomba kuba umuvinyo nyawo, kuko uwo uko ugenda usaza niko urushaho kuba mwiza no kugira imbaraga; ntuzigera ugera aho utakaza imbaraga zawo.

Nk’uko Amaraso ya Yesu Kristo adatakaza ubwiza cyangwa ngo yangirike uko iminsi igenda, ahubwo ku mwizera arushaho kugira imbaraga no kuba meza uko iminsi igenda ishira.

Mu Byanditswe Byera, Umuvinyo ushushanya gushagurutswa n’Ijambo, igihe rihishurirwe umwizera.

58 Kandi vino, navuze, uko nabihawe, ko vino ishushanya ko zari imbaraga zo… zari imbaraga zo gushagurutswa no guhishurirwa. Murabona? Kandi ibyo ni igihe ikintu runaka cyahishutse. Bizana gushagurutswa ku mwizera, kubera ko bigaragajwe no guhishurirwa. Murabona? Ni ikintu Imana iba yaravuze. Cyari ubwiru; badashobora kugisobanukirwa, murabona. Kandi, maze nyuma y’akanya gato, Imana ikamanuka maze ikagisobanura, kandi ikagihamiriza. 63-0321 – Ikimenyetso Cya Kane

Ntabwo ari ngombwa ko umuvinyo ukorwa n’‘ibiganza byera’ nk’uko bigenda ku mutsima. Ushobora gukoresha vino yemewe n’amategeko ya Kosher cyangwa iya Pasika igurwa mu iduka. Ariko kandi ushaka kuyikorera wareba amabwiriza ku Karita z’ibikenewe (Recipe Cards) ziri kuri iyi paji ya site.

Tuzatanga vino n’ibikombe bito bya pulasitiki ku rusengero rwacu rwo muri Jeffersonville. Mu gihe cy’amateraniro y’Ubusabane, vino ishobora gufatwa mu bikombe bito, kimwe ku muntu umwe, cyangwa bagasangirira ku bikombe binini umwe ku wundi. Nyuma yo gufata Ifunguro, ku bitandukanye n’umutsima, vino y’Igaburo Ryera ntacyo bitwaye kuba yasubizwayo.

Gufata Igaburo Ryera, aribyo bishushyanya Amaraso n’Umubiri w’Umwami, buri gihe bigaragaza ‘Intsinzi’ ku mwizera. Ndetse n’ibihumbi by’imyaka mbere y’uko Ifunguro Ryera rishyirwaho, ku rupfu rwa Yesu Kristo, Aburahamu yasangiye Ifunguro Ryera hamwe n’Imana.

Nyuma yo kugira intsinzi ikomeye nyuma yo kurimbura abami kugira ngo akize Lot, umuvandimwe we, Aburahamu yahuye na Melkisedeki, maze bafata Ifunguro Ryera hamwe.

Buri gihe dufata Ifunguro Ryera, umutsima na vino bishushanya intsinzi hejuru y’umwanzi mu buzima bwacu. Kandi umunsi umwe, ubwo intambara izaba irangiye, twebwe, urubyaro rw’Aburahamu, tuzahura n’Umwami wacu mu kirere muri ayo Materani y’Ubusabane, kandi tuzasangira na We amaso ku maso, mu Ifunguro ry’Ubukwe rya nimugoroba.

Itegereze, igihe urugamba rurangiye, Melikisedeki aha ifunguro ryera umwana we wanesheje (mubitekerezeho), urugingo Rwe Bwite. Noneho, turashaka kureba aha, mu buryo bw’ingero, ifunguro ryera. Nyuma y’urugamba, atanga igice Cye, kuko ifunguro ryera ari igice cya Kristo. Iyo intambara irangiye, kandi nyuma yo kunyeganyezwa cyane, ni bwo musogongera kuri Kristo maze mugahinduka ingingo z’ubwo Buzima. Mubasha kubisobanukirwa?

Yakobo akirana ijoro ryose kandi ntiyashaka kumurekura ngo Agende atamuhaye umugisha. Ni ko bimeze! Urugamba rw’ubuzima. Kandi iyo urugamba rurangiye, ni bwo Imana iguha igice Cyayo Ubwayo. Ni ifunguro ryera Ryayo ry’ukuri. Agace gato k’umugati n’akamanyu k’umutsima birarishunya gusa. Ntimwakagombye kuwufata keretse mwararwanye kugeza ku iherezo kandi mukaba mwarahindutse igice cy’Imana.

Mwibuke ko icyo gihe ifunguro ryera ryari ritarashyirwaho? Ntiryabayeho mbere y’urupfu rwa Yesu,kugeza imyaka amagana n’amagana .

Ariko, nyuma y’aho umwana We Aburahamu atahaniye intsinzi, Melikisedeki aramusanganira amuha vino n’umugati, yerekana ko igihe uru rugamba rwo ku isi ruzarangirira, tuzamusanganira mu birere twongere dufate ifunguro ryera; bizaba ari ibirori by’ubukwe. “Sinzongera kunywa ukundi iyi vino no kurya ku mbuto z’umuzabibu, kugeza ubwo Nzazirira kandi Ngasangirira na mwe mu Bwami bwa Data.” Mbese byaba ari ukuri?

Mwongere mwitegereze, Melikisedeki asanganira Aburahamu, mbere y’uko agera iwe. Mbega urugero rwiza dufite hano: Melikisedeki asanganira Aburahamu nyuma y’urugamba, mbere y’uko Aburahamu agera iwe.

Tuzasanganira Yesu mu kirere mbere y’uko tugera iwacu! Uko ni ukuri! 2Abatesaronike harabitubwira, kuko tuzamusanganira mu kirere.

65-0221E – Uwo Melikisedeki Ni Muntu Ki?