Category Archives: Uncategorized

26-0301 Imbuto ntabwo iraganwa n’igishishwa

Ubutumwa : 65-0218 Imbuto ntabwo iraganwa n’igishishwa

BranhamTabernacle.org

Mukundwa Mwari Mugeni Jambo

Nicaye hano muri iki gitondo niyumvamo uko gusigwa mu gihe ndimo kumva, nsoma kandi niga ubu Butumwa Umugeni azumva Kucyumweru. Kubaho kwanjye kose kwasizwe. Umutima wanjye urimo urasimbaguritswa n’uwo munezero. TURAZA KUBA TWESE DUTERANIYE HAMWE DUTURUTSE HIRYA NO HINO KU ISI HAMWE NO GUSIGWA KUMWE. Tuzaba tunezerewe, icyubahiro kibe icy’Uwiteka, twese icyarimwe, mu gihe avugana na buri umwe umwe muri twe kandi Aduhishurira Ijambo Rye.

Gusigwa kuraba gukomeye kuburyo haza kuba gusakuza no kuvuza akaruru, “Halleluya, amen, icyubahiro kibe icy’Izina ry’Uwiteka” hirya no hino ku isi ku isaha imwe, mu gihe tunyeganyeza Ijuru hamwe no kuramya no guhimbaza.

Ese ni iki kiza kuba kirimo kubaho? Imana iraza kuba yunga Umugeni Wayo kandi Ivugana nawe. Turaza kuba turi Itsinda Rimwe, ibitekerezo bimwe no guhuza umutima mu gihe Itwihishurira kandi Ikatwigaragariza Ubwayo.

Hariho ahantu hamwe hakomeye washobora kujya, nta Jwi rikomeye washobora kumva; nta gusigwa gukomeye kwaruta Ijwi ry’Imana rivugana nawe ku makasete mu buryo butaziguye.

Imana yarinze Ijambo Ryayo guhera mu itangira kandi yatanze ahantu abana Bayo bose bashobora kujya maze bakayumva Irimo ivuga kandi isobanura Ijambo Ryayo Bwite. Ahantu hatari ugukekeranya, ntabwo ari icyizere, si ukwibaza; Ni ahantu hatanzwe n’Imana kugira ngo twumve UKU NIKO UWITEKA AVUZE.

Igihe ubihishuriwe, biba bimeze nk’umucyo ukomeye ucanywe mu mutima n’ubugingo bwawe… Urasakuza ngo, “Ni ibingibi. Ndabibona. Ndi UMWE N’IJAMBO. NDI IJAMBO. NDI UMUGENI. NAHAGEZE.”

Kiri kuba kandi ntibabizi. Ni ibyo. Murabona? Yooo yego! Mu by’ukuri, kuko aho umubiri uri, aho niho hazateranira ibizu, ibyo ni ukuri neza neza nkuko isi iriho. Icyo nicyo rivuga. Umubiri ni iki? Ni Ijambo. We ni Ijambo, Umubiri, Kirisito! “Kirisito muri mwe,” Uri uko Yari ejo hahise ndetse n’iteka. Mbega ukuntu ari ukuri

Mu gihe duhurira hamwe kugira ngo twumve Ijambo, amaganya yacu yose, ibiduhangayika byose, ibibazo byacu byose, bihita bizimira mu buryo bworoshye. Tunezezwa no kumenya ko nta kintu gihari cyo kuduhangayika; turi Umugeni Wayo. Ntabwo Ari kumwe na twe gusa, AHUBWO ARI MURI TWE. TURI UMUGENI JAMBO MBUTO. Buri kintu kiratunganye. Uburyo Bwe bwo kubara igihe buratunganye. Turatunganye.

Turanyuzwe kandi turashima tuvuga ngo turi Ijambo Ryayo ryabyawe n’umwari rigaragajwe; Yesu Kristo uko yari ejo hahise, niko ari uyu munsi, kandi niko azahora iteka, ubaho kandi agatura muri twe. Halleluya!

Ntabwo dushobora kugambanira IJAMBO RIMWE. Tugomba kumva Ijwi ry’Imana ku makasete.

Mwigeze mubona ikizu kigambana? Oya, mugabo! Nta buriganya buri muri cyo. Niko bimeze no mu mukirisitu w’umwimerere. Ntabwo yorohereye. Azahiga kugeza abibonye. Amina! Yego, mugabo! Azabona ibyo kurya bye. Ashaka Manu nshya. Azamanuka aho acukure kugeza aribonye. Azaguruka hejuru ndetse hejuru cyane. Niba atari muri iki kibaya, azazamuka kurushaho. Uko murushaho kuzamuka, ni ko murushaho kureba neza. Rero, ni igihe ku bizu by’uyu munsi kuguruka hejuru cyane, gucukura mu masezerano y’Imana, atari ukubeshwaho n’ibiryo by’inkongoro byishwe hashize imyaka. Mujye kure yabyo.

Itegure Mugeni, turaza kuba turya ya Manu nshya munsi yo gusigwa gukomeye cyane guhari, kuri iki Cyumweru I Saa Sita z’Amanywa, ku isaha y’I Jeffersonville, mu gihe twumva: 65-0218 Imbuto Ntizaraganwa n’Igishishwa.

Turatumira Umugeni wo hirya no hino ku isi kwiyunga na twe mu gusangira ku Nzira itunganye yateguwe n’Imana kubw’uyu munsi. Ahantu hamwe honyine aho UMUGENI ashobora kuvuga amen ku buri Jambo. Aho gusigwa gukomeye k’Umwuka Wera kuvuga kandi kugatunganya Umugeni Wayo binyuze mu Gukandaho Bikavuga no kumva kandi ukakira Ijambo Ryayo.

Mwene Data Joseph Branham

Ibyanditswe:
Matayo 24: 24
Kuko abiyita Kristo n’abahanuzi b’ibinyoma bazaduka bakora ibimenyetso bikomeye n’ibitangaza, kugira ngo babone uko bayobya n’intore niba bishoboka.

Luka 17: 30
Ni na ko bizamera umunsi Umwana w’umuntu azabonekeraho.

Yohana 5:24

Ni ukuri, ni ukuri, ndababwira yuko uwumva ijambo ryanjye akizera uwantumye, aba afite ubugingo buhoraho kandi ntazacirwaho iteka, ahubwo aba avuye mu rupfu ageze mu bugingo.
Yohana 14:12
Ni ukuri, ni ukuri, ndababwira yuko unyizera, imirimo nkora na we azayikora ndetse azakora n’iyiruta, kuko njya kwa Data.

Abaroma 8:1
Nuko rero noneho abari muri Kristo Yesu nta teka bazacirwaho,

Abagalatiya 4:27-31
kuko byanditswe ngo “Ishime ngumba itabyara, Tera hejuru uvuge cyane utaramukwa, Kuko abana b’inyungwakazi ari benshi, Baruta ab’inkundwakazi.”
Nuko rero bene Data, namwe muri abana b’isezerano nk’uko Isaka yari ari.
Ariko nk’uko icyo gihe uwabyawe n’umubiri yarenganyaga uwabyawe n’Umwuka, na n’ubu ni ko bikimeze.
Mbese ibyanditswe bivuga bite? Biravuga biti “Senda inshoreke n’umuhungu wayo, kuko umuhungu w’inshoreke atazaraganwa n’umuhungu w’umugeni.”
Nuko bene Data, ntitukiri abana b’inshoreke, ahubwo turi ab’umugeni.

Abaheburayo 13:8
Yesu Kristo uko yari ari ejo, n’uyu munsi ni ko ari kandi ni ko azahora iteka ryose.

1 Yohana 5:7
???

Ibyahishuwe 10
Mbona marayika wundi ukomeye amanuka ava mu ijuru yambaye igicu, umukororombya uri ku mutwe we, mu maso he hasa n’izuba, ibirenge bye bisa n’inkingi z’umuriro.
Mu intoki ze yari afite agatabo kabumbutse. Nuko ashyira ikirenge cye cy’iburyo ku nyanja, n’icy’ibumoso agishyira ku butaka.
Arangurura ijwi rirenga nk’uko intare yivuga, avuze iryo jwi rirenga guhinda kurindwi kw’inkuba kuvuga amajwi yako.
Kandi guhinda kurindwi kw’inkuba kumaze kuvuga, nari ngiye kwandika nuko numva ijwi rivugira mu ijuru rimbwira riti “Iby’uko guhinda kurindwi kw’inkuba kuvuze ubizigame, bibe ubwiru ntubyandike.”
Marayika nabonye ahagaze ku nyanja no ku butaka amanika ukuboko kwe kw’iburyo, agutunga mu ijuru
arahira Ihoraho iteka ryose yaremye ijuru n’ibirimo, n’isi n’ibiyirimo n’inyanja n’ibiyirimo ati “Ntihazabaho igihe ukundi,
ahubwo mu minsi y’ijwi rya marayika wa karindwi ubwo azatangira kuvuza impanda, ni ho ubwiru bw’Imana buzaba busohoye nk’uko yabwiye imbata zayo ari zo bahanuzi.”
Nuko rya jwi numvise rivugira mu ijuru, nongera kuryumva rimbwira riti “Genda wende ka gatabo kabumbutse kari mu intoki za marayika uhagaze ku nyanja no ku butaka.”
Nuko nsanga marayika uwo ndamubwira nti “Mpa ako gatabo.” Aransubiza ati “Enda ugaconshomere, karagusharirira mu nda ariko mu kanwa kawe karakuryohera nk’ubuki.”
Nenda ako gatabo, ngakura mu intoki za marayika ndagaconshomera. Mu kanwa kanjye karyohera nk’ubuki, ariko maze kukarya mu nda yanjye harasharirirwa.
Arambwira ati “Ukwiriye kongera guhanura iby’amoko menshi n’amahanga menshi, n’indimi nyinshi n’abami benshi.”

Malaki 4
Dore hazaba umunsi utwika nk’itanura ry’umuriro, abibone bose n’inkozi z’ibibi zose bazaba ibishingwe, maze habe umunsi uzabatwika bashire, ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga, ntuzabasigira umuzi cyangwa ishami.
Ariko mwebweho abubaha izina ryanjye, Izuba ryo gukiranuka rizabarasira rifite gukiza mu mababa yaryo, maze muzasohoka mukinagire nk’inyana zo mu kiraro.
Kandi muzaribatira abanyabyaha hasi, bazaba ivu munsi y’ibirenge byanyu ku munsi nzabikoreraho. Ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga.
Nimwibuke amategeko y’umugaragu wanjye Mose, ayo namutegekeye i Horebu yari ay’Abisirayeli bose, yari amategeko n’amateka.
Dore nzaboherereza umuhanuzi Eliya, umunsi w’Uwiteka ukomeye kandi uteye ubwoba utaragera.
Uwo ni we uzasanganya imitima ya ba se ku bana n’imitima y’abana ku ya ba se, kugira ngo ntazaza kurimbuza isi umuvumo.

26-0222 Umuntu uhunga mu maso y’Uwiteka

Ubutumwa : 65-0217 Umuntu uhunga mu maso y’Uwiteka

BranhamTabernacle.org

Bakundwa Bana b’Intama

Mbega icyubahiro n’amahirwe dufite kubwo kuvuga ngo, “Turi abana b’intama b’Imana, abo yoherereje marayika Wayo wa karindwi intumwa kubahamagara ngo basohoke kandi abagaburire Manu Yayo yahishwe kandi igahunikwa.”

Turanyuzwe kandi twizeye ubu Butumwa ko ari Ijwi ry’imana ryoherejwe kugira ngo ritunganye Umugeni Wayo. Twizeye ko urukungu ruri gukurwa mu ngano, kandi ubu Umugeni Wayo ashyizwe Imbere y’Umwana, AKANDAHO BIKAVUGA kugira ngo akomere.

icyo nicyo gitumye turi hano, nshuti. Mugume imbere y’Umwana [Son] kugeza ubwo itsinda ryacu rito hano , kugeza ubwo rizakomera muri Kristo, aho niho rihinduka umugati ku meza Ye. Icyo nicyo nshaka ko rikora.

Uwo ari we wese utizera ko GUKANDAHO BIKAVUGA no kumva Ijwi rihamijwe ry’Imana ivuga ariryo Jwi ry’ingenzi kurusha ayandi mugomba kumva, uwo niwe muntu urimo uhunga mu maso y’Uwiteka.

Mugomba guhangana nabyo cyangwa mukagira icyo mukora kuri byo. Mufite inshingano; buri muntu arazifite. Kandi mugomba guhangana n’ibi bintu. Niko biri

Mbega uburyo uyu murongo ari ukuri kandi ari ingenzi. Hariho ibice byinshi hagati mu bantu bahamagawe n’Imana ngo basohoke. Ese ni ingenzi cyane gucuranga kasete mu rusengero kugira ngo wumve Ijwi ry’Imana, cyangwa ahubwo ubu ni ingenzi cyane ko abakozi bagira ubukozi kw’Ijambo ?

Imana yahamagaye kandi ishyira mu mwanya ubukozi hano kugira ngo bukomeze Ijambo imbere y’abantu. Ni Abungeri. Ibi Ijambo rirabyigisha. Bagomba kubahwa ndetse no guhabwa icyubahiro nk’abantu Imana yahamagaye kandi ikabashyira mu mwanya.

Ntitugomba, nta nubwo dukwiye, kwigera narimwe tuvuga ko atari Umugeni. Ibyo ni IKOSA kandi ntabwo bihura n’icyo umuhanuzi yatwigishije. Numvishe abantu bavuga ngo: “Niba badacuranga kasete mu nsengero zabo, ni abarwanya Ijambo.” Ntimukavuge ibintu nk’ibyo. Ibyo binyereka ko mufite umwuka mubi.

Numvishe abandi bavuze ngo, “Bose bakwiriye gukurikirira ku murongo umwe na Branham Tabernacle bitaba ibyo bakaba batari mu bushake bw’Imana”. Ntimukwiriye kuvuga ibintu nk’ibyo. Imana niyo yonyine izi Umugeni uwo ari we n’utariwe. Uwo ntabwo ari umwuka w’Umugeni kuvuga ibintu nk’ibyo.

Habe na bamwe mu bantu bakurikira ku murongo umwe na Branham Tabernacle baravuga ngo, “Nimuramuka mugiye ku rusengero kumva kasete kandi ntimukurikire ku murongo mu ngo zanyu muri mu ikosa!” Ibyo birapfuye bene Data na bashiki bacu. Niba muvuga ibyo, MUBIHAGARIKE, muri mu ikosa. Buri wese agomba gukora nkuko YUMVA AYOBOWE N’UMWAMI GUKORA.

Ababwiriza benshi bumva ko kubwiriza ari inzira yatanzwe n’Imana kubw’uyu munsi. Ibyo tubibona mu buryo butandukanye, ibyo ni ukuri. Ni inshuro zingahe Mwene Data Branham yakoze iri gereranya? Twamwumvise mu Bibazo n’Ibisubizo, igihe abantu barimo bavuga kuri Mwene Data Jackson ko ari mu ikosa, yabacyashye kubwo kuba baragize icyo bavuga kuri we no ku itorero rye.

Ndimo gusa kubwiriza binyuze mu buryo bw’uru rwandiko icyo nizera ko ari Inzira yateguwe n’Imana kubw’Ingando ya Branham. Ni bene Data na bashiki bacu. Bakunda Umwami n’ubu Butumwa. Ubwo nibwo buryo bumva Umwami abayoboye. Icyubahiro kibe icy’Uwiteka.

Babibona mu buryo bumwe natwe tukabibona mu bundi buryo ibyo ntacyo bitwaye. Nsinshobora kubibona mu buryo bwabo nabo ntibabibona mu buryo bwanjye. Kuri njye, hariho inzira nyinshi Imana yatanze, ariko hariho INZIRA IMWE GUSA ITUNGANYE, KANDI KURI NJYE, IYO NI UGUKANDAHO BIKAVUGA.

Ndasenga ngo ntaza kumvwa nabi hano. Kurambikaho ibiganza no gusengera abantu bihuye n’Ijambo 100%. Gusiga abantu amavuta no gusengera abarwayi ni Ijambo ry’imana bikurikije Ibyanditswe. Mwene Data Branham yaratubwirije kandi atwigisha ko byombi kuri twe ari Ijambo. Ariko ndashaka INZIRA ITUNGANYE YATANZWE N’IMANA… IZERE GUSA KUKO ARIKO IMANA YAVUZE. Icyo nicyo ndimo mpangana ngo nkore.

Ariko noneho kubijyanye no gukira indwara, ni imbabazi z’Imana ko We, “kubw’imibyimba Ye mwakize indwara.” Noneho, icya mbere Ijambo ni uko rivuga, ibyo bikwiriye kuba bihagije, ariko niba mutizeye mu Ijambo, noneho hari impano mu Itorero, nk’abantu basigiwe kumenya uburyo bwo kwigisha ibyo,abo bazabikugaragariza neza, niko biri, n’ukwizera ko kubyizera.

Nizera mu bukozi butanu. Nizera ko Imana yahamagaye abantu ngo baze babwirize kandi bigishe Ijambo. Ariko, nizera ko kumva Ijwi ry’Imana ku makasete ari INZIRA Y’Imana ITUNGANYE KURI NJYE.

Numva amakasete, ntabwo nkeneye gusobanukirwa, NIZERA GUSA BURI JAMBO NUMVA. Nta muntu, nta mubwiriza, nta handi hantu nashobora kujya aho nshobora kwizera BURI JAMBO maze ngo mpashingire aho ngiye h’Iteka, uretse ku makasete.

Ntibyigeze bibaho mbere guhera mu itangira ry’igihe aho Imana yigeze iha abantu Bayo amahirwe n’ubushobozi bwo kumva ubwabo Ijwi Ryayo rivuga umunwa ku gutwi. Ubwiru bwose burahishurwa ku makasete. Buri kibazo kirasubizwa ku makasete. Buri kintu cyose Umugeni akeneye kugira ngo atungane kiri ku makasete.

Buri jambo ryavuzwe ku makasete ni Ijambo ry’Imana. Nshobora kutabisobanukirwa cyangwa ngo mbe ntashobora gusobanura buri kintu, ndetse ntabwo nkwiriye kubikora. Icyo Insaba ni ukuvuga AMENA KURI BURI JAMBO, kandi ku MAKASETE niho hantu HONYINE nshobora gukora ibyo.

Ariko igihe… igihe bigusaba gufata ikintu gitandukanye, igihe bigusaba guhagarara kucyo wemera ko ari cyo Kuri, aho niho hari igice kigoye; aho niho gukubwa biza, aho nyine.

Nizera hamwe n’ibindimo byose ko turi mu bushake butunganye bw’Imana kandi turi mu nkuge tugana I Nineve. Nakwifuje ko isi iza ikajyana natwe mu nkuge yacu kuri iki Cyumweru I Saa Sita z’Amanywa. Ku isaha y’I Jeffersonvile, mu gihe twumva Imana ivugana n’Abana b’Intama Bayo.

Mwene Data Joseph Branham

Ubutumwa:65-0217 “Umuntu uhunga mu Maso y’Uwiteka”

Ibyanditswe byo gusoma:

Yona 1:1-3
Ijambo ry’Uwiteka ryaje kuri Yona mwene Amitayi riramubwira riti
Haguruka ujye i Nineve wa murwa munini, uwuburire kuko ibyaha byabo birundanije bikagera imbere yanjye.
Ariko Yona arahaguruka ngo acikire i Tarushishi, ahunge Uwiteka. Amanukana i Yopa abona inkuge ijya i Tarushishi, maze atanga ihoro, ajya mu nkuge ngo ajyane n’abandi i Tarushishi, ahunge Uwiteka.

Malaki 4
Dore hazaba umunsi utwika nk’itanura ry’umuriro, abibone bose n’inkozi z’ibibi zose bazaba ibishingwe, maze habe umunsi uzabatwika bashire, ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga, ntuzabasigira umuzi cyangwa ishami.
Ariko mwebweho abubaha izina ryanjye, Izuba ryo gukiranuka rizabarasira rifite gukiza mu mababa yaryo, maze muzasohoka mukinagire nk’inyana zo mu kiraro.
Kandi muzaribatira abanyabyaha hasi, bazaba ivu munsi y’ibirenge byanyu ku munsi nzabikoreraho. Ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga.
Nimwibuke amategeko y’umugaragu wanjye Mose, ayo namutegekeye i Horebu yari ay’Abisirayeli bose, yari amategeko n’amateka.
Dore nzaboherereza umuhanuzi Eliya, umunsi w’Uwiteka ukomeye kandi uteye ubwoba utaragera.
Uwo ni we uzasanganya imitima ya ba se ku bana n’imitima y’abana ku ya ba se, kugira ngo ntazaza kurimbuza isi umuvumo.

Yohana 14:12
Ni ukuri, ni ukuri, ndababwira yuko unyizera, imirimo nkora na we azayikora ndetse azakora n’iyiruta, kuko njya kwa Data.

Luka 17:30
Ni na ko bizamera umunsi Umwana w’umuntu azabonekeraho.

25-0215 Ibibazo n’Ibisubizo #4

Ubutumwa : 64-0830E Ibibazo n’Ibisubizo #4

BranhamTabernacle.org

Bakundwa Muryango w’Ubwami,

Hariho ahantu HAMWE honyine hahamirijwe aho mushobora kumva Uwiteka avuga anyuriye muri marayika We maze Akababwira ngo, “Igihe cyose mwibuke ko, muri abana b’Imana, Umuryango w’Ubwami kandi mufite Amaraso ya Cyami. Nta Maraso meza mu isi aruta ayanyu. Muri abana banjye, bakwirakwiye hirya no hino mu isi, abo nabyariye Kristo.”

Turi Umuryango wa Cyami w’Imana ufite Amaraso ya Cyami atembera mu mitsi yacu. Abana babyariwe Kristo binyuze mu Ijwi ry’Imana rivuga rinyuze mu muhanuzi Wayo ukomeye. Ntarindi ryarusha iryo kuba ryiza nshuti zanjye.

Mwene Data Branham, ese Umugeni akeneye kwimukira I Jeffersonville cyangwa muri Arizona kugira ngo abe mu Izamurwa?

Hazaba hari babiri baryamye mu buriri bumwe; nzajyana umwe maze ndeke undi; kandi babiri bazaba bari mu murima, nzajyana umwe maze ndeke undi.” Murabona? Uko niko ahari… Aho hose ku isi, ntabwo bashobora kuba ahantu hamwe ngo bahuze ibintu byose. Ariko iryo tsinda rito rizaba riri ahantu hose ku isi.

Rero mu mubiri, ntabwo tuzaba turi ahantu hamwe icyarimwe. Ariko icyubahiro kibe icy’Imana, Yaridufitiye umugambi ukomeye kurutaho wo guhuriza hamwe Umugeni Wayo.

Turasengera insengero zose n’amateraniro ateranye, ahantu hose impande y’indangururamajwi ntoya, kuva muri iyi Leta kugera ku Gice cy’Uburengerazuba, aho mu misozi y’Arizona, mu bibaya bya Texas, kugera ku Gice cy’Iburasirazuba, mu gihugu hose, Mwami, aho bateraniye. Dufite amasaha atandukanye nk’uko turi mu gihe, ariko Mwami, duteranye uyu mugoroba nk’abantu bunze ubumwe, nk’abizera bategereje kuza kwa Mesiya.

Uyu munsi, ntabwo Arimo guhuriza hamwe gusa Umugeni We uturutse hirya no hino muri iki gihugu, ahubwo arimo kuduhuriza hamwe TWEBWE duturutse ku migabane 7 y’isi. Kuva muri Afrika kugera muri Antarktika. Mu Majyaruguru y’Amerika no mu Majyepfo y’Amerika, Muri Aziya, Muri Australia no mu Burayi. Arimo arahuriza hamwe kandi Akunga Umugeni We nk’ITSINDA RIMWE kugira ngo twumve Ijwi ry’imana.

Yatubwiye ko tugomba kujya ku rusengero; habe n’aho babwiriza igice cy’Ijambo, KUGEZA ubwo tuzashobora kubona itorero aho bigisha IJAMBO RYOSE RYUZUYE. Icyubahiro kibe icy’Uwiteka Umugeni yabonye aho hantu ubu, Ijwi ry’Imana ku Makasete ni IJAMBO RYOSE.

Waba uri mu mu Itorero ryawe ryo Murugo ry’Amakasete, itorero ryanyu aho imiryango myinshi iteranira, cyangwa mu karuri aho mu ishyamba ryo muri Amazon cyangwa muri Afurika aho ushobora Gukandaho Bikavuga kugira ngo wumve Ijwi ry’Imana rivugana nawe umunwa ku gutwi, uzaba uri mu ITORERO RY’IJAMBO RYOSE.

Twabonye rya torero ry’Ijambo Ryose kandi turagutumira kugira ngo wiyunge natwe kuri iki Cyumweru I Saa Sita z’Amanywa., ku isaha y’Ijeffersonville, mu gihe twumva: Ibibazo n’Ibisubizo #4 64-0830E.

Mwene Data Joseph Branham

26-0208 Ibibazo n’ibisubizo #3

Ubutumwa : 64-0830M Ibibazo n’ibisubizo #3

Complete

BranhamTabernacle.org

Bakundwa Babyariwe Kristo

Ni gute umuntu yashobora gusobanura mu magambo y’abapfa urukundo n’umunezero biri mu mitima yacu kubwo kumenya Guhishurirwa k’ukuri kw’Ijambo Ryayo kubw’igihe cyacu? Gutekereza ko, ntacyo dufite kubikoraho, ariko WE, NDIHO Ukomeye, binyuze mu gutoranya Kwe bwite, yatugeneye ko TWE tugira ikintu gikomeye Yashobora kuduha, GUHISHURIRWA KW’IJAMBO RYAYO KUBW’IGIHE CYACU.

Yarategereje, kugeza ubwo igihe gikwiriye gisohoye, kugira ngo ihumekere umwuka w’ubugingo muri twe, rero dushobora kumwumva We avuga natwe maze akavuga ngo:

Noneho, nagerageje uko nshoboye kugira ngo – kugira ngo – kugira ngo mbahugure kandi mbayobore nk’uko umubyeyi yakayoboye abana be. Muri abana banjye. Nababyaye muri Kristo kubw’ubu butumwa bwiza mbwiriza. Murabona? Kandi njyewe – njye nifuza ko mukura rwose kugeza aho muhindutse abana bashyitse k’uburyo bwuzuye, cyangwa ahubwo – cyangwa ahubwo abana. Kandi nifuza kubamurikira Kristo uwo munsi, nk’uko Pawulo yavugaga, ko ari “ Umwari udafite inenge.” Ntakintu muri iri Jambo umutima wanyu utabasha kuvugira “Amina.”

Imana, ivuga inyuriye muri marayika Wayo ukomeye, irimo iraduha icyerekezo kandi ikatuyobora, Twe Umugeni wa Yesu Kristo. Turi abana be bakuze, umwari utanduye. Kandi binyuze mu buntu butangaje Bwayo, dusubiza na AMEN Kuri buri Jambo twumva! Ni ubusobanuro butunganye bw’Ijambo hamwe no guhamya kw’Imana!

· Niba Ijwi twumva ku makasete ari: Ubusobanuro bwuzuye bw’Ijambo, ni iki kindi Umugeni wa Yesu Kristo akeneye?… NTAKINDI!

Yaradutoranije, ikiganza Cye cyatoranije itsinda rito, kugira ngo abe ariryo rigira Guhishurirwa kw’Ijambo kubw’igihe cyacu. Nitwe yatoranije ngo tube aha ku isi, mu mibiri y’abantu, aho mungoma y’imyaka igihumbi.

Nshuti zanjye, reka ibyo tubitindeho akanya gato.

Tuzagira imibiri ihawe ubwiza hano ku isi. Tuzaba turya, tunywa, twubaka amazu, tubaho nkuko tubaho ubu mugihe cy’imyaka igihumbi. Bizaba ariko kwezi kwacu kwa buki aho Umugeni(TWEBWE) n’Umukwe (Umwami Yesu Kristo) tuzahinduka UMWE.

Turi maso buri munota na buri munsi kandi dutegereje icyo gihe gihawe ubwiza. Biratwegereye cyane bisa nkaho dushobora kubikoraho. Ndizeye, n’umutima wanjye wose, iki nicyo kiri kutubaho uyu munsi:

oh, ubu bumwe bw’umwuka bwa Kirisito n’Itorero rye, noneho, igihe Umubiri uhindutse Ijambo, kandi Ijambo rihindutse umubiri, rigaragajwe, rihamirijwe. Neza neza ibyo Bibiliya yatangaje kubw’uyu munsi, ni byo bibaho, umunsi ku munsi. Rero ibi birimo birirundanya cyane vuba, hariya mu butayu, kandi ibintu birimo kubaho, ku buryo nta nabasha gukomeza. Twegereje kugaruka kwa Yesu, Ugomba kuba umwe n’Itorero, igihe Ijambo rihindutse Ijambo. Uguhamagara k’Umwuka Wera, urondora imitima!

Hamwe na buri Butumwa twumva, niko Irushaho kuduha Guhishurirwa. Birimo kwiyongera mu buryo bubangutse kuburyo tutashobora kureka gukomeza. Turimo turabona Ijambo rihinduka Ijambo kuruta uko byigeze biba mbere. Nta gacu na gato ko gushidikanya; kubwo Guhishurirwa, TUZI neza abo turibo.

Arimo arunga Umugeni We nkuko Yavuze ko Azabikora, kandi turi igice Cye. Turimo turabibona bibaho hamwe n’amaso yacu ubwacu. Abandi bashobora kutabibona cyangwa ngo babisobanukirwe. Ntabwo ari ibyabo, NI IBYACU, ABANA BE YIBYARIYE.

Umugeni yarafite ibibazo byo kubaza umuhanuzi.

Ese birahagije kumva GUSA Ijwi ry’Imana riri ku makasete? Imana yarasubije maze iravuga ngo: YEGO!!

Ese abana bacu nabo bashobora kubona ibyo bakeneye byose kugira ngo babe Umugeni wa Kristo kubwo kumva gusa amakasete: YEGO!!

Rero, ibyo Umugeni akeneye byose biri KU MAKASETE.

Turabizi kandi ko Imana yatanze izindi nzira nyinshi kubw’abana Bayo.

“Kubw’imibyimba Ye mwarakize.” Noneho, icya mbere niko Ijambo ryavuze, ibyo bikwiriye kuba bihagije, ariko niba mudashobora kwizera Ijambo, nicyo gituma hari impano mu Rusengero, mwene abo bantu basigiwe kumenya uburyo bagomba kwigisha ibyo, bakabikugaragariza neza, uko biri, no kwizera ko kubyizera.

Turashimira Imana yatanze abantu basizwe kugira ngo bamenye uburyo bwo kwigisha gukira n’Ijambo Ryayo kugira ngo babigaragarize abandi, ariko Umugeni Wayo ashaka INZIRA YATANZE ITUNGANYE KANDI IHAGIJE. Icyo nicyo cyonyine DUKENEYE.

Ndashaka kugutumira kuza kwiyunga n’Ingando ya Branham kuri iki Cyumweru I saa sita z’amanywa ku isaha y’I Jeffersonville, mu gihe twumva: Ibibazo n’Ibisubizo #3 64-0830M.

Mbega uburyo bitangaje kugira Guhishurirwa kw’Ijambo Ryayo no kumenya ko turi Ijambo ryambaye umubiri.

Mwene Data Joseph Branham

26-0201 Ibibazo N’Ibisubizo # 2

Ubutumwa : 64-0823E Ibibazo N’Ibisubizo # 2

Complete

BranhamTabernacle.org

Bakundwa Bizu bito,

Aho Umubiri uri, aho niho Umugeni ateranira. Kandi kuri twe, hariho ahantu hamwe gusa hatunganye dushobora kubona inyama ya Manu ikiri nshya: binyuze mu gukandaho bikavuga no kumva Ijwi ry’Imana riri ku makasete.

Tuvuge kuri Manu NSHYA, ese twanashobora gutangira gutekereza kucyo turimo gukozaho imitwe y’intoki? Iryo Jwi ry’Imana nyirizina rivugana n’Umugeni mukundwa kuri kasete, aho hatari gukekeranya, nta gukangarana, nta kwibaza ibibazo habe no gushidikanya icyo turimo kumva ni Imana, ikoresha ijwi ry’umuntu, ngo rivuge Uku Niko Uwiteka Avuze ku Mugeni Wayo.

Kubwo guhishurirwa, twizera ko ariho hantu HONYINE dushobora kujya maze tukaruhura ubugingo bwacu kubera ko Amagambo twumva ntabwo ari ijambo ry’umuntu, habe no kuba ari ubusobanuro bwe cyangwa igitekerezo cyongewe kuri Ryo, ahubwo ni Ijambo ry’Imana ry’ukuri rivugana n’ibizu bito, rihishura Ijambo Ryayo.

Dusabanira ku Ijambo. Dusoma Ijambo Ryayo muri Bibiliya zacu. Ndetse tunumva abantu basizwe n’Imana kandi buzuye Umwuka Wera, badusubiriramo kandi bakatubwiriza Ijambo ry’Imana, ariko mu minsi yacu, Imana yatanze ahantu dushobora kumvira IJAMBO RYAYO RIVUZWE RITUNGANYE binyuze mu gukandaho bikavuga.

Ndetse Data yahaye Umugeni Wayo amahirwe yo kubaza ibibazo byari ku mitima yacu bityo kugira ngo tubashe kubona ibisubizo bitunganye:

  • ·Ese Satani yashobora gukoresha impano y’indimi cyangwa ubuhanuzi mu muntu ufite Umwuka Wera?
  • ·Ni iki Yesu yashakaga kuvuga muri Matayo 12, umurongo 32 ?
  • ·Turakwinginze dusobanurire Abakorinto ba mbere 12:8-12
  • · Ese abagore bakwiriye kujya gukora mu kazi rusange mu gihe bafite abagabo bazima n’abana?
  • · Ese ni bibi ko umugore aboha imisatsi ye?

Imana yatanze inzira nyinshi kugira ihe umugisha kandi ikomeze Umugeni Wayo, ariko hariho ahantu hamwe honyine Yatanze aho Umugeni Wayo ashobora kugirira icyizere 100% icyo bumva ko ari IJAMBO RITUNGANYE RYAYO. Isoko Imwe y’Amazi y’Ubugingo aho Ibizu bito bishobora kunywera ahantu hatari n’uburyo na buto bushoboka bwo kuba yakandura. GUKANDAHO BIKAVUGA.

Ndagutumira kugira ngo uze kunywa kuri iyo Soko kuri iki Cyumweru I Saa Sita z’Amanywa, ku isaha y’I Jeffersonville, aho tuza kumva 64-0823E “Ibibazo N’Ibisubizo #2.”

Mwene Data Joseph Branham

26-0125 Ibibazo n’Ibisubizo #1

Ubutumwa : Ibibazo n’Ibisubizo #1

Complete

BranhamTabernacle.org

Mukundwa Ngando ya Branham,

Ndamukije Umugeni wa Yesu Kristo hirya no hino ku isi, wizera ko Ingando ya Branham, Ijwi ry’Imana, ari itorero ryabo aho bagaburirwa Manu yahishwe mu buryo bw’umwuka iyo yahunitswe kandi ikabikirwa Umugeni wa Kristo.

Aha niho mu rugo; aha niho mfite ubuyobozi; aha niho dutuye. Noneho, ibyo mubifate mu mutwe icyaba cyose. Noneho niba muri abanyabwenge, muzabonamo ikintu. Icyaba cyose, aha niho buyobozi bwacu, aha nyine.

Abizera benshi igihe cyose bagiye basobanukirwa nabi cyangwa bakongeramo ibitekerezo byabo  cyangwa ubusobanuro kucyo umuhanuzi yavuze hano, “Niba uri umunyabwenge, hari icyo uribukuremo, Aha niho buyobozi bwacu bukuru, ahangaha !”

Ese ni iki yashakaga gusobanura kuri ibyo?

Igihe Mwene Data Branham yari hano, benshi bamusobanukiwe nabi kandi batekereje ko Umugeni agomba kujya muri Arizona maze bakamukurikira hariya, kugira ngo bajye mu Izamurwa. Mwene Data Branham yabasubije mu buryo bweruye: MUGUME HANO, AHA NIHO HANTU.

itsinda rinini ryose rifata iyo nzira, kandi bashakaga kunyura aha kandi bagakora ibyo, nyuma y’uko nababwiye kuguma aho. Mugume aho, mugume hano; aha niho hantu.

Abantu baturukaga impande zose muri Leta Zunze Ubumwe bakajya muri Arizona, ariko yababwiye mu buryo bweruye ngo, Mugume hano, aha niho hantu!

Mugume muri Jeffersonville? Icyo nicyo yavuze!

Ihishurirwa Ryanjye, ni uko yari Imana, ivugira mu muhanuzi Wayo kandi ikavugana n’abantu ngo, “MUGUMANE N’AMAKASETE.” Aha niho HANTU !

Yari ababaye cyane kandi aravuga ngo hari ikintu afite icyo gukorana n’abo bantu bose. Ese ni iki yari akwiriye gukora? Ni irihe torero yajyaga kuboherezamo? Ese nihe bagombaga kujya? Ese ni iki Mwene Data Branham yavuze ko yagombaga gukora?

Uko niko noneho, ngomba kugarura abana hano kugira ngo babone icyo barya. Bari hariya hepfo aho barimo kwicirwa n’inzara.

Ntabwo yavuze ko bari bakeneye kujya mu nsengero zo mu gace ngo barye utwo tuvungukira duto bajyaga kubagaburira. Yavuze ko agomba KUBAGARURA HANO kubwo kugira ngo babone icyo kurya, naho ubundi bajyaga kwicwa n’inzara kugeza bapfuye.

GUHISHURIRWA KWANJYE, NSHUTI.

Noneho, atari ukongera kumusobanukirwa nabi indi nshuro, cyangwa ngo tuvuge icyo atavuze, kubwo kuvuga ngo, “Mwene Data Branham yashakaga ko buri mwizera ajya I Jeffersonville kugira ngo abe Umugeni.” Mwene Data Branham yari azi abantu bose, na BURI  mwizera uturutse hiryo no hino ku isi, ntiyashoboraga kwimuka kandi ngo abe i Jeffersonville. Ibyo byari ibidashoboka. Nonese ni iki yashakaga kuvuga? Yarimo YUNGA Umugeni wa Kristo wo hirya no hino  ku MAKASETE ayo yafashwe maze agahunikwa kubw’Umugeni kugira ngo abe ariyo amutunga.

Ubu Butumwa, Iri Jwi, ni Ijambo ry’Imana rivuzwe kubw’uyu munsi kandi rizunga  ndetse ritunganye Umugeni wa Yesu Kristo.

umubiri ni iki? umubiri ni icyo ibizu birya. Noneho, ikizu muri Bibiliya gifatwa, nk’umuhanuzi. Umuhanuzi ni ikizu. Imana… Imana yiyita Ubwayo ikizu, kandi twe turi “ibizu bito” noneho, abizera. Murabona? Kandi uwo mubiri birya ni iki? Ni Ijambo. Aho Ijambo riri, imiterere nyakuri y’inyoni izigaragaza ubwayo.

Ni he hari ibitunganye, bihamirijwe, bitarimo urujijo, bikaba ari Ijambo  ry’Uku Niko Uwiteka Avuze kubw’uyu munsi? Hariho ahantu hamwe gusa, Ku Makasete.

Nakomeza kuvuga, umurongo ku wundi, ariko ubu Butumwa n’icyo Mwene Data Branham yavuze bizana Guhishurirwa kuvuye ku Mana. Tugomba gusoma hagati mu mirongo binyuze mu guhishurirwa, ariko muvuge gusa icyo yavuze. Kubera ko ni IJAMBO RITUNGANYE.

Ibibazo n’Ibisubizo kubw uyu munsi n’icyo NIZERA.

Uyu munsi, ababwiriza benshi baravuga ngo abantu kubwo kugira Ingo zabo Insengero Z’Amakasete bahabanye n’Ijambo kandi icyo Mwene Data Branham yavuze ko tugomba gukora. Bumva ko tugomba kujya mucyo bita kandi babara ko ari itorero.

Nyakuri hariho imirongo myinshi, imirongo myinshi aho Mwene Data Branham yavuze mu buryo bweruye kuri ibi.

Noneho, mugende mushake itorero rishyigikira Ubutumwa bwiza bwuzuye noneho ribe itorero ryanyu ryo mu rugo.”

Kandi nizera ibyo n’umutima wanjye wose, kubera ko ariko yavuze. Ariko nizera ko turimo tubikora kubwo KUGIRA INGO ZACU INSENGERO Z’AMAKASETE. Aho duherereye sicyo gifite umumaro ku Mwami. Ntabwo ari inyubako. Ahubwo inshingano zacu ku Mwami ni ukugumana n’Ijambo Ryayo, ATARI AHANTU CYANGWA INYUBAKO. Ahantu ntabwo hacungura kandi ngo hatunganye Umugeni, IJAMBO NIRYO RIBIKORA.

Niba njya mu nyubako y’urusengero, ariko bakaba baribagiwe IKINTU CY’INGENZI: aricyo kumva Ijwi ry’Imana kubwo Gukandaho Bikavuga, kandi bakaba barabisimbuje kumva GUSA ababwiriza babwiriza Ubutumwa, ese ibyo byagaburira kandi bikanyura ubugingo bwawe? ahari byanyura ubugingo bwawe, mwene Data cyangwa mushiki wacu, ariko ntibizigera binyura Umugeni.

Reka ngire icyo mvuga hano kandi mvuge ko hari ibihumbi by’abantu badafite inyubako z’insengero bashobora kujyamo. Ese barayobye? Niba badafite pasteri cyangwa itorero, ibyo bisobanuye ko badashobora kuba Umugeni? Niba uba mu birometero 160 uvuye ahari inyubako y’urusengero, ese ukwiriye kujya kuri urwo rusengero? Ariko niba ntuye kure, ubwo si ngombwa? Ese nkwiriye gukurikirira ku murongo umubwirizabutumwa, ariko nkaba ntakwiriye gukurikira amakasete? Ese inyubako ifatika nicyo kintu cy’ingenzi umuhanuzi avuga ko dukwiriye kujyamo?

Ese nihe umuhanuzi ashaka kugeza Umugeni?

 Niba udashobora kuza hano ku Ngando, ujye mu itorero ahantu runaka; uzarijyemo.

None se, aho yahisemo bwa mbere kohereza abantu ni he? Kuri Branham Tabernacle, Ijambo, amakasete. Icyo nicyo Imana yahaye Umugeni Wayo gukora muri ikigihe cyanyuma, kandi turabikora buri munsi NDETSE buri Cyumweru.

Rero ntabwo ari ukubyumva nabi. NTABWO NDIMO MVUGA KO mugomba gukurikira amakasete ku murongo hamwe n’Ingando ya Branham kugira ngo mube muri Umugeni. NTABWO NDIMO MVUGA ko utagomba kujya ku rusengero. NTABWO NDIMO MVUGA KO udashobora kumva ababwiriza. Niba ubyizeye utyo uhabanye n’Ijambo. Ndimo ndavuga ko kumva Ijwi ry’Imana ku makasete ari Ijwi ry’ingenzi TUGOMBA KUMVA, kandi nizera ko buri mupasteri agomba gucuranga Ijwi, amakasete, mu rusengero rwe. Ariko bashyizeho urwitwazo rw’IMPAMVU BADACURANGA AMAKASETE. Niba iryo ariryo torero ryawe, ntabwo urimo ugaburirwa Ijambo.

Icyo nicyo nyakuri atashakaga ko kibaho kandi nicyo abantu bakoraga..

Kandi mujye ku rusengero; ntimukagume mu rugo, ngo mujye kuroba, no guhiga, n’ibintu nk’ibyo Kucyumweru

Ntabwo twe tubikora. Duteranira hamwe ku kintu cyonyine kizunga Umugeni, Ubu Butumwa, Iri Jwi.

Nongere mbivuge, nizera mu kujya ku rusengero. Hariho insengero nyinshi hirya no hino ku isi zishyira amakasete ku mwanya wa mbere ku gicaniro cyabo, icyubahiro kibe icy’Uwiteka. Ese naba nizera ko mukwiye kuguma mu ngo zanyu cyangwa mukaba mutari Umugeni? OYA, OYA, OYA…  Ntabwo nigeze mbitekereza, ntabwo nigeze mbyizera. Ndashaka ko gusa MUKANDAHO BIKAVUGA  aho mwaba muri hose ntacyo bitwaye cyangwa itorero mwaba mujyamo.

Niba udafite Guhishurirwa kw”icyo arimo kuvuga, noneho ukwiriye kuvuga mu buryo bweruye ngo, “Ntabwo numva Mwene Data Branham habe no KWEMERANYA n’ibyo avuga byose. Ni nako yavuze, hariho abandi bantu benshi Imana yahamagaye.”

Muzajyeyo. Tubonye hano avuga ati, “Ese dukwiriye kujya mu itorero ritemeranya na we?” Nibyo, ntabwo ari njye kabuye konyine kari ku nkombe y’inyanja, murabizi. Hari… hari abandi bantu b’Imana ahantu hose; nibwira ko ndi umwe muri bo.

Ijwi ry’Imana ku makasete ni AKABUYENGE GATO, URUTARE RWANJYE. Ni Ijwi  nshaka kumva kandi ni Ijwi nshaka ko Branham Tabernacle yumva.

Niba mwifuza kwiyunga natwe, muhawe ikaze bikomeye, bene Data na Bashiki bacu. Mwiyunge natwe kuri Iki Cyumweru Saa Sita z’Amanywa ku isaha y’I Jeffersonvile, mu gihe twumva Ijwi ry’Imana rivuga kandi risubiza ibisuzo byinshi mushobora kuba mufite mu mitima yanyu. Kandi wiyumvire ubwawe niba ibintu navuze muri uru rwandiko bihabanye n’Ijambo kandi nkaba narumvishe nabi icyo Imana irimo kuvuga ku Mugeni Wayo.

Icyo yavuze ku makasete ni Uku Niko  Uwiteka Avuze. Ntabwo ari icyo ndimo mvuga ko yavuze, cyangwa icyo nizera ko yavuze, kandi Imana YONYINE niyo ishobora kuguha Guhishurirwa k’ukuri.

Mwene Data Joseph Branham

26-0111 N’Urugo Rw’Ahazaza Rw’Umukwe Wo Mu Ijuru N’Umugeni Wo Ku Isi

Ubutumwa : 64-0802 N’Urugo Rw’Ahazaza Rw’Umukwe Wo Mu Ijuru N’Umugeni Wo Ku Isi

PDF

Complete

BranhamTabernacle.org

Nshuti Yanjye Mukundwa Nkunda Cyane,

Ndagukunda cyane. Uri akara ko mu mara Yanjye, n’akagufa ko mu magufa Yanjye. Ndetse mbere y’uko ndema inyenyeri, ukwezi, isanzure Ryanjye ryose, Narakubonye hanyuma Ndagukunda. Namenye ko wari igice Cyanjye, Umukunzi wanjye umwe rukumbi. Wowe na Njye twari UMWE.

Umunsi nifuje cyane kandi nategereje guhera igihe Nakuboneye urashyize uragera. Noneho ndimo ndabahamagara kandi murimo kwiyunga muturutse iburasirazuba n’iburengerazuba, amajyaruguru n’amajyepfo, binyuze mu Ijwi Ryanjye. Muri ibitekerezo Byanjye, Ijambo Ryanjye, Umugeni Wanjye, ugaragajwe.

Nifuje cyane kukubwira buri kintu cyose kiri mu mutima Wanjye, nicyo cyatumye mbyandika nkoresheje abahanuzi Banjye kandi nkaba narabikurindiye imyaka ibihumbi. Benshi barabisomye, kandi barabyizera mu binyejana byinshi, ariko hari ibintu byinshi nakomeje kugira ibanga kugeza IGIHE UHAGEZE. Niwowe WENYINE Nzabibwira.

Bifuje kumenya no kumva ibyo bintu byose bitangaje Nakomeje guhisha, ariko nkuko Nabigusezeranije, Narategereje kandi Mbigira ibanga kugeza ubu, kubwawe gusa, ni WOWE WANJYE WENYINE.
Nagusezeranije ko Nzaza kandi Nkihishura Ubwanjye indi nshuro mu mubiri w’Umuntu, kugira ngo mbashe kukuvugisha, no kuguhishurira ibi bintu byose. Nashakaga ko wumva IJWI RYANJYE rivugana nawe mu buryo butaziguye.

Nujuje Umwuka Wanjye abandi benshi kugira ngo bakubwire urukundo Rwanjye, ariko nkuko nagiye mbikora igihe cyose, kandi ntabwo nshobora guhinduka, Natoranije umuntu umwe: marayika Wanjye, umuhanuzi Wanjye, kugira ngo abe Ijwi Ryanjye bityo kugira ngo mbashe kukubwira Uku Niko Uwiteka Avuze.

Nifuzaga kukubwira ko, utakijijwe umunsi runaka. Wari ukijijwe igihe cyose. Naraje gusa kugira ngo gucungure nkugarure. Wari ukijijwe guhera mu itangira kubera ko wari ufite Ubugingo Buhoraho guhera na mbere. Kubw’ibyo, mu maso Yanjye, ibyaha byawe nta nubwo Nshobora kubibona, ikintu cyonyine numva ni ijwi ryawe. Ndeba gusa uguhagarariye.

Mbega uburyo Nifuje cyane kukubwira ibintu byinshi. Umutima wanjye wuzuye umunezero hamwe no gutangara. Mbega uburyo nkumbuye Ibirori byacu by’Ubukwe, Ingoma Yacu y’Imyaka igihumbi turi hamwe. Kugira ngo nkubwire mu magambo arambuye kubijyanye n’Urugo Rwacu rw’ejo hazaza turi hamwe; mbega uburyo nateguye buri kintu kubwawe, buri kintu cyose ni mu buryo bukunogeye.

Mukunzi Wanjye, niba utekereza ko ari ibintu bitangaje kumva Ijwi Ryanjye rivugana nawe, tegereza gato, iki ni agacu gusa k’uburyo bizaba bimeze igihe tuzaba turihamwe muri uriya Mugi. Umuhanuzi wawe azaba atuye hafi y’iwawe; azaba ari umuturanyi wawe.

Tuzagendana muri iyo mihanda y’izahabu ndetse tunywe ku isoko hamwe. Tuzagendana muri paradizo y’Imana hamwe n’Abamarayika tugenda hejuru y’isi, turirimba indirimo z’icyubahiro… Mbega ukuntu uzaba ari Umunsi mwiza!
Ndabizi ko inzira isa n’igoye, kandi rimwe na rimwe ijya ikomera kurushaho kuri wowe,ariko izoroha, kandi irusheho koroha, igihe Turi hamwe.

Kuri ubu, Ngiye kubahuriza hamwe indi nshuro maze mvugane namwe kuri iki Cyumweru I Saa Sita z’Amanywa. Ku isaha y’I Jeffersonville, maze mbabwire byose kubijyanye “N’Urugo Rw’Ahazaza Rw’Umukwe Wo Mu Ijuru N’Umugeni Wo Ku Isi”. Nkumbuye cyane icyo gihe tuziyunga hamwe.

Mwibuke, kandi ntimukabyibagirwe, Ndabakunda cyane.

Mu Izina Rye,

Mwene Data Joseph Branham

Ibyanditswe:

Matayo 19:28
Yesu arabasubiza ati “Ndababwira ukuri yuko mwebwe abankurikiye, mu gihe cyo guhindura byose ngo bibe bishya, ubwo Umwana w’umuntu azicara ku ntebe y’icyubahiro cye, namwe muzicara ku ntebe cumi n’ebyiri, mucire imiryango cumi n’ibiri y’Abisirayeli imanza.

Yohana 14:1–3
Ntimuhagarike imitima yanyu, mwizere Imana nanjye munyizere.
Mu rugo rwa Data harimo amazu menshi: iyaba adahari mba mbabwiye, kuko ngiye kubategurira ahanyu.
Kandi ubwo ngiye kubategurira ahanyu, nzagaruka mbajyane iwanjye, ngo aho ndi namwe muzabeyo.

Abefeso 1:10
kugira ngo ibihe nibisohora ibone uko iteraniriza ibintu byose muri Kristo, ari ibiri mu ijuru cyangwa ibiri mu isi.

2 Petero 2:5–6
kandi ubwo itababariye isi ya kera, ahubwo ikarokorana Nowa umubwiriza wo gukiranuka n’abandi barindwi gusa, ubwo yatezaga isi y’abatubaha Imana umwuzure,
kandi ubwo yaciriye ho iteka imidugudu y’i Sodomu n’i Gomora iyitwitse ikayigira ivu, ikayishyiraho kuba akabarore k’abazagenda batubaha Imana,

2 Petero Igice cya 3
Bakundwa, uru ni rwo rwandiko rwa kabiri mbandikiye. Muri izo zombi imigambi yanjye yari iyo gukangura imitima yanyu itarimo uburiganya, mbibutsa
kugira ngo mwibuke amagambo yavuzwe kera n’abahanuzi bera, mwibuke n’itegeko ry’Umwami ari we Mukiza mwabwiwe n’intumwa zabatumweho.
Mubanze kumenya iki, yuko mu minsi y’imperuka hazaza abakobanyi bakobana, bakurikiza irari ryabo,
babaza bati “Isezerano ryo kuza kwe riri he? Ko uhereye aho ba sogokuruza basinziririye, byose bihora uko byahoze, uhereye ku kuremwa kw’isi.”
Nuko biyibagiza nkana yuko ijuru ryahozeho uhereye kera kose, n’isi yakuwe mu mazi ikazengurukwa na yo ku bw’ijambo ry’Imana,
ari byo byatumye isi ya kera irengwaho n’amazi ikarimbuka.
Ariko ijuru n’isi bya none, iryo jambo ni ryo na none ryabibikiye umuriro uzatera ku munsi w’amateka, urimbure abatubaha Imana.
Ariko bakundwa, iri jambo rimwe ntirikabasobe, yuko ku Mwami Imana umunsi umwe ari nk’imyaka igihumbi, n’imyaka igihumbi ari nk’umunsi umwe.
Umwami Imana ntitinza isezerano ryayo, nk’uko bamwe batekereza yuko iritinza. Ahubwo itwihanganira idashaka ko hagira n’umwe urimbuka, ahubwo ishaka ko bose bihana.
Ariko umunsi w’Umwami wacu uzaza nk’umujura, ubwo ijuru rizavaho hakaba n’umuriri ukomeye, maze iby’ishingiro, ibyo byose biremeshwa bikayengeshwa no gushya cyane, isi n’imirimo iyirimo bigashirīra.
Nuko ubwo ibyo byose bizayenga bityo, yemwe uko dukwiriye kuba abantu bera, kandi twubaha Imana mu ngeso zacu,
twebwe abategereza tugatebutsa umunsi w’Imana uzatuma ijuru rigurumana rikayenga, kandi iby’ishingiro, ibyo byose biremeshwa bigashongeshwa no gushya cyane!
Kandi nk’uko yasezeranije dutegereje ijuru rishya n’isi nshya, ibyo gukiranuka kuzabamo.
Ni cyo gituma bakundwa, ubwo mutegereje ibyo, mukwiriye kugira umwete wo kuzasangwa mu mahoro, mutagira ikizinga, mutariho umugayo mu maso ye.
Mumenye yuko kwihangana k’Umwami wacu ari agakiza, nk’uko mwene Data ukundwa Pawulo yabandikiye abwirijwe n’ubwenge yahawe,
ndetse no mu nzandiko ze zose yavuze ibyerekeye ibyo. Icyakora zirimo bimwe biruhije gusobanukirwa, ibyo abaswa bahindagurika bagoreka, nk’uko bagira ibyanditswe bindi bakizanira kurimbuka.
Nuko rero bakundwa, ubwo muburiwe hakiri kare, mwirinde mutayobywa n’uburiganya bw’abanyabyaha mukareka gushikama kwanyu.
Ahubwo mukurire mu buntu bw’Imana no kumenya Yesu Kristo Umwami wacu n’Umukiza. Icyubahiro kibe icye none n’iteka ryose. Amen.

Ibyahishuwe 2:7
Ufite ugutwi niyumve ibyo Umwuka abwira amatorero. Unesha nzamuha kurya ku mbuto z’igiti cy’ubugingo kiri muri Paradiso y’Imana.

Ibyahishuwe 6:14
Umuntu wese muri bo ahabwa igishura cyera, babwirwa kumara n’ikindi gihe gito baruhuka, kugeza aho umubare w’imbata bagenzi babo na bene Se bagiye kwicwa nka bo uzuzurira.

Ibyahishuwe 21:1–14
Mbona ijuru rishya n’isi nshya, kuko ijuru rya mbere n’isi ya mbere byari byashize, n’inyanja yari itakiriho.
Mbona ururembo rwera Yerusalemu nshya rumanuka ruva mu ijuru ku Mana, rwiteguwe nk’uko umugeni arimbishirizwa umugabo we.
Numva ijwi rirenga rivuye kuri ya ntebe rivuga riti “Dore ihema ry’Imana riri hamwe n’abantu kandi izaturana na bo, na bo bazaba abantu bayo kandi Imana ubwayo izabana na bo ibe Imana yabo.
Izahanagura amarira yose ku maso yabo kandi urupfu ntiruzabaho ukundi, kandi umuborogo cyangwa gutaka cyangwa kuribwa ntibizabaho ukundi kuko ibya mbere bishize.”
Iyicara kuri ya ntebe iravuga iti “Dore byose ndabihindura bishya.” Kandi iti “Andika kuko ayo magambo ari ayo kwizerwa n’ay’ukuri.”
Kandi iti “Birarangiye. Ni jye Alufa na Omega, itangiriro n’iherezo. Ufite inyota nzamuhera ubuntu kunywa ku isoko y’amazi y’ubugingo.
Unesha azaragwa byose, nanjye nzaba Imana ye na we abe umwana wanjye.
Ariko abanyabwoba n’abatizera, n’abakora ibizira n’abicanyi, n’abasambanyi n’abarozi n’abasenga ibishushanyo n’abanyabinyoma bose, umugabane wabo uzaba mu nyanja yaka umuriro n’amazuku ari yo rupfu rwa kabiri.”
Haza umwe wo muri ba bamarayika barindwi bari bafite za nzabya ndwi zuzuye ibyago birindwi by’imperuka, avugana nanjye arambwira ati “Ngwino nkwereke umugeni, umugore w’Umwana w’Intama.”
Anjyana ku musozi munini kandi muremure ndi mu Mwuka, anyereka ururembo rwera Yerusalemu rumanuka ruva mu ijuru ku Mana,
rufite ubwiza bw’Imana. Kurabagirana kwarwo gusa n’ukw’ibuye ry’igiciro cyinshi cyane nk’ibuye ryitwa yasipi, ribonerana nk’isarabwayi.
Rufite inkike nini kandi ndende n’amarembo cumi n’abiri, no ku marembo hariho abamarayika cumi na babiri, kandi handitsweho amazina y’imiryango cumi n’ibiri y’abana ba Isirayeli.
Iburasirazuba hariho amarembo atatu, ikasikazi hariho amarembo atatu, ikusi hariho amarembo atatu, n’iburengerazuba hariho amarembo atatu.
Inkike z’urwo rurembo zifite imfatiro cumi n’ebyiri, zanditsweho amazina cumi n’abiri y’intumwa cumi n’ebyiri z’Umwana w’Intama.

Abalewi 23:36
Mumare iminsi irindwi mujya mutambira Uwiteka ibitambo bikongorwa n’umuriro, uwa munani ujye ubabera uwo guterana kwera, muwutambireho Uwiteka ibitambo bikongorwa n’umuriro, ube uwo guterana mwitonze. Ntimukagire umurimo w’ubugaragu muwukoraho.

Yesaya Igice cya 4
Uwo munsi abagore barindwi bazajya ku mugabo umwe bamubwire bati “Tuzitungirwa n’ibyokurya byacu kandi tuzajya twiyambika ubwacu, ariko uduhe kwitirirwa izina ryawe udukize urubwa rw’abantu.”
Uwo munsi ishami ry’Uwiteka rizaba ryiza rifite icyubahiro. Abisirayeli bazarokoka, imyaka yo mu gihugu izabaryohera cyane ibabere myiza.
Maze uzasigara i Siyoni n’i Yerusalemu wese, yanditswe mu bazima b’i Yerusalemu, azitwe uwera.
Ubwo ngubwo Uwiteka azaba yuhagiye imyanda y’abakobwa b’i Siyoni ayimazeho, kandi azaba amaze amaraso muri Yerusalemu, ayamarishijemo umwuka ukiranuka n’umwuka wotsa.
Kandi hejuru y’ubuturo bwose bwo ku musozi wa Siyoni no ku materaniro yaho, Uwiteka azaharemeraho igicu n’umwotsi ku manywa n’umuriro waka ukamurika nijoro. Maze hejuru y’ibyubahwa byose hazabeho igitwikirizo.
Kandi ku manywa hazabaho ihema ryo kuzana igicucu ku bw’icyokere, ribe ubuhungiro n’ubwugamo bw’ishuheri n’imvura.

Yesaya 28:10
Kuko ibye ari ugutoza itegeko rikurikirwa n’irindi, itegeko ku itegeko, umurongo ku murongo, n’umurongo ku murongo, aha bikeya, hariya bikeya.

Yesaya 65:17–25
Dore ndarema ijuru rishya n’isi nshya, ibya kera ntibizibukwa kandi ntibizatekerezwa.
Ahubwo nimunezerwe mujye mwishimira ibyo ndema, kuko ndema i Yerusalemu ngo mpagire ibyishimo, nkarema abantu baho bakaba umunezero.
Nzanezererwa i Yerusalemu nishimire abantu banjye, kandi ijwi ryo kurira n’imiborogo ntibizahumvikana ukundi.
Ntihazongera kubamo umwana umaze iminsi mike, cyangwa umusaza udashyikije imyaka ye, kuko umwana azapfa amaze imyaka ijana, ariko umunyabyaha azavumwa, apfe atamaze imyaka ijana.
Bazubaka amazu bayabemo, kandi bazatera inzabibu barye imbuto zazo.
Ntibazubaka amazu ngo abandi bayabemo, ntibazatera inzabibu ngo ziribwe n’abandi, kuko bazamara imyaka nk’ibiti, kandi abatoni banjye bazashyira kera bishimira imirimo y’intoki zabo.
Ntibazaruhira ubusa kandi ntibazabyara abana bo kubona amakuba, kuko bazaba ari urubyaro rw’abahawe umugisha n’Uwiteka, hamwe n’abazabakomokaho.
Maze ubwo bazaba batarantabaza nzabatabara, kandi bakivuga nzumva.
Isega n’umwana w’intama bizarishanya, intare zizarisha ubwatsi nk’inka, umukungugu ni wo uzaba ibyokurya by’inzoka. Ntibizaryana kandi ntibizarimbura hose ku musozi wanjye wera. Ni ko Uwiteka avuga.

Malaki 3:6
Kuko jyewe Uwiteka ntabwo mpinduka, ni cyo gituma abahungu ba Yakobo mutamarwaho.

26-0104 Ibitega Bitobotse

Pesan: 64-0726E Ibitega Bitobotse

PDF

BranhamTabernacle.org

Bakundwa Abanywa Ku Isoko Y’Amazi Adudubiza

Mbega Noheri n’Umwaka Mushya twagize. Twakiriye kandi dufungura impano z’Imana yoherereje Umugeni Wayo. Impano yacu ya mbere yari impano ya Noheri ikomeye cyane yaba yarigeze ipfunyikwa. Imana Ubwayo yapfunyitse kubaho Kwayo Ubwayo mu mubiri w’umuntu maze yoherereza iyo paki isi. Niyo yari Impano Yayo ya mbere ikomeye yo kugarura Umugeni Wayo.

Hanyuma Imana yohereza indi paki ikomeye ku Mugeni Wayo. Yaradukunze cyane kuburyo Yaje maze Yihishura Ubwayo mu mubiri indi nshuro bityo kugira ngo Ibashe kuvugana natwe umunwa ku gutwi. Yashakaga ko Yo Ubwayo n’Umugeni Wayo bahinduka Umwe.

Kandi noneho, nshuti, ntimunyumve nabi. Reka mvuge ibi hamwe no kubaha mu mutima wanjye, kubwo kumenya ko ndi umuntu ufitanye isano n’Iteka nkaba nzahagarara imbere y’Urubanza umunsi umwe: Abantu ibihumbi babura impano yabo. Murabona? Ntibashobora kubisobanukirwa. Kandi barabireba, maze bakavuga ngo, “Oh, we ni umuntu.” Uko ni ukuri. Ese yari Imana cyangwa yari Mose watangaga imbaraga? Yari Imana muri Mose. Murabona? Batatse basaba umucunguzi. Kandi igihe Imana yohereje umucunguzi kuri bo, bananirwa kubibona, kubera ko byari binyuze mu muntu, ariko ntabwo yari umuntu, yari Imana mu muntu.

Uyu munsi, indi nshuro, ibihumbi by’abantu barimo baratakaza impano yabo maze bakavuga ngo, “Ntabwo ari ngombwa kumva amakasete, hariho abandi bagabo ubu basizwe,” ibyo ni ukuri, ariko bananirwa kumenya ko ari ryo Jwi RYONYINE ryahamirjwe n’Imana, rivuga Uku Niko Uwiteka Avuze binyuze muri uwo muntu. Ririya Jwi ni Urim na Tumimu y’Imana, Ikidakuka Cyayo kubw’uyu munsi.

Igihe turi kumva Ijwi Ryayo ku makasete tuba nyakuri turimo kunywa ku Isoko Y’Amazi Adudubiza Y’Imana, iyo idakeneye guhatwa, nta gukurura, nta kwiyungaho, nta kwifashisha; turizeye gusa kandi turuhukiye kuri buri Jambo Rivuzwe.

Kubwo kumva iryo Jwi riri ku makasete, nkuko Yesu Ubwe yabivuze, dufite igihamya cy’ukuri cy’Umwuka Wera mu gihe cyacu.

Noneho rero, ngicyo igihamya nyacyo cyuko ufite umwuka wera, Ntiyari yigera na rimwe Imbwira ikintu na kimwe ngo kibe atari ukuri. Ibyo, “Ni igihamya cy’Umwuka Wera, ni kuri wawundi ushobora kwizera ijambo;” Mushobora kuwakira.

Imana yaduhaye Isoko dushobora kunywaho buri munota wa buri munsi. Igihe cyose iba ifutse. Atari mwene ibyo bintu byaretse ahantu, ni isoko idakama, Isoko idakeneye ubufasha; icyo ukeneye gusa ni Ugundaho Bikavuga.

Mu kuvuga ku MPANO yavuye ku Mana, ese mwashobora kwibaza nyakuri ukuntu Iyi Mpano IKOMEYE? Binyuze mu Gukundaho gusa Bikavuga maze ukumva Ijwi Ryayo ku makasete, niryo ryonyine… IJWI RYONYINE mu isi ridakeneye agapimisho, akayunguruzo cyangwa ikindi kindi. Icyo ukeneye gusa ni ukumva, ukizera maze ukavuga amena kuri buri Jambo.

Imana Ubwayo yatanze iyi nzira, INZIRA YAYO YONYINE, kugira ngo wakire ubugingo buhoraho, ndetse ni ingenzi cyane, KUGIRA NGO UBE UMUGENI WAYO. Dushobora kuryama mu gituza Cye maze tukonka imbaraga ziturutse mu gutega amatwi Isoko Ye, Ijwi Rye, Eli Shaddai arimo avugana n’Umugeni We.

Reka uyu mwaka ube umwaka Azaza kuri twe, Umugeni We ukundwa. Turi maso kandi tumutegerezanyije amatsiko akomeye. Umunsi uwo ariwo wose tuzabona abo twifuje kubona bahingutse. Tuzabona ko, mu kanya gato nk’ako guhumbya kw’ijisho, tuzaba dusohotse hano, duhamagawe kujya mu birori byacu by’Ubukwe.

Mwami, mu gihe tubona ameza manini atewe hariya kubw’iryo funguro ry’umugoroba, ku birometero ibihumbi n’ibihumbi, tuzengurutse ameza umwe ku wundi, abarwanyi bafite inkovu z’urugamba, n’amarira y’umunezero atemba ku matama yacu… Umwami asohoka mu bwiza bwe, no kwera, amanuka aho ku meza maze Agafata ibiganza by’Abe nuko akabahanagura amarira ku maso yabo, avuga ngo, “Ntimwongere kurira, byose byarangiye. Injira mu munezero wa Shobuja.” Imiruho y’urugendo izaba ntacyo iricyo icyo gihe, Data, igihe tuzaba tugeze ku iherezo ry’inzira.

Ngwino maze unywe, kandi unywe, ndetse unywe ku Isoko y’Imana yatanze kubw’uyu munsi hamwe natwe kuri iki Cyumweru I Saa Sita z’amanywa., ku Isaha y’Jeffersonville. Niho hantu HONYINE ushobora kuruhuka maze ukavuga AMENA kuri buri Jambo mwumva. Niyo Soko Yayo y’Amazi Adudubiza yatanze kubw’Umugeni Wayo kugira ngo anyweho.

Mwene Data Joseph Branham

Ubutumwa : 64-0726E Ibitega Bitobotse
Ibyanditswe byo gusoma mbere yo kumva Ubutumwa:

Zaburi 36:9

Kuko aho uri ari ho hari isōko y’ubugingo, Mu mucyo wawe ni ho tuzabonera umucyo.

Yeremiya 2:12-13

Wumirwe ku bw’ibyo wa juru we, ufatwe n’ubwoba bukabije wihebe cyane. Ni ko Uwiteka avuga.
Kuko abantu banjye bakoze ibyaha bibiri: baranyimūye kandi ari jye sōko y’amazi y’ubugingo, kandi bikorogoshoreye ibitega mu rutare, ndetse ni ibitega bitobotse bitabasha gukomeza amazi.

Yohana 3:16

Kuko Imana yakunze abari mu isi cyane, byatumye itanga Umwana wayo w’ikinege kugira ngo umwizera wese atarimbuka, ahubwo ahabwe ubugingo buhoraho.

Ibyahishuwe igice cya 13

Ngihagarara ku musenyi wo ku nyanja, ngiye kubona mbona inyamaswa iva mu nyanja ifite amahembe cumi n’imitwe irindwi. Ku mahembe yayo hariho ibisingo cumi, no ku mitwe yayo hariho amazina yo gutuka Imana.
Iyo nyamaswa nabonye yasaga n’ingwe, amajanja yayo yasaga n’aya aruko, akanwa kayo kasaga n’ak’intare. Cya kiyoka kiyiha imbaraga zacyo n’intebe yacyo y’ubwami, n’ubutware bukomeye.
Nuko mbona umwe mu mitwe yayo usa n’ukomeretse uruguma rwica, ariko urwo ruguma rwawishe rurakira. Abari mu isi yose bakurikira iyo nyamaswa bayitangarira.
Baramya icyo kiyoka kuko cyahaye iyo nyamaswa ubutware bwacyo, baramya n’iyo nyamaswa bati “Ni nde uhwanye n’iyi nyamaswa, kandi ni nde ubasha kuyirwanya?”
Ihabwa akanwa kavuga ibikomeye n’ibyo gutuka Imana, ihabwa no kurama ngo imare amezi mirongo ine n’abiri.
Ibumburira akanwa kayo gutuka Imana, no gutuka izina ryayo n’ihema ryayo n’ababa mu ijuru.
Ihabwa kurwanya abera no kubanesha, ihabwa no gutwara imiryango yose n’amoko yose, n’indimi zose n’amahanga yose.
Abari mu isi bose bazayiramya, umuntu wese izina rye ritanditswe mu gitabo cy’ubugingo cy’Umwana w’Intama, watambwe uhereye ku kuremwa kw’isi.
Ufite ugutwi niyumve.
Nihagira ujyana abandi ho iminyago na we ubwe azajyanwa ho umunyago, kandi uwicisha abandi inkota na we akwiriye kwicishwa inkota. Aho ni ho kwihangana kw’abera kuri no kwizera kwabo.
Nuko mbona indi nyamaswa izamuka iva mu butaka. Iyo yo yari ifite amahembe abiri nk’ay’umwana w’intama, ivuga nk’ikiyoka.
Itegekesha ububasha bwose bwa ya nyamaswa ya mbere mu maso yayo, ihata isi n’abayirimo ngo baramye ya nyamaswa ya mbere yakize uruguma rwayishe,
kandi ikora ibimenyetso bikomeye, imanura umuriro uva mu ijuru ugwa mu isi mu maso y’abantu.
Iyobesha abari mu isi ibyo bimenyetso yahawe gukorera imbere ya ya nyamaswa, ibabwira kurema igishushanyo cya ya nyamaswa yari ikomerekejwe n’inkota ikabaho.
Ihabwa guha icyo gishushanyo cy’inyamaswa guhumeka, ngo kivuge kandi cyicishe abatakiramya bose.
Itera bose aboroheje n’abakomeye, n’abatunzi n’abakene, n’ab’umudendezo n’ab’imbata, gushyirwaho ikimenyetso ku kiganza cy’iburyo cyangwa mu ruhanga,
kugira ngo hatagira umuntu wemererwa kugura cyangwa gutunda, keretse afite icyo kimenyetso cyangwa izina rya ya nyamaswa, cyangwa umubare w’izina ryayo.
Aha ni ho ubwenge buri: ufite ubwenge abare umubare w’iyo nyamaswa kuko ari umubare w’umuntu, kandi umubare we ni magana atandatu na mirongo itandatu n’itandatu.

25-1228 Kumenya Igihecyawe n’Ubutumwa Bwacyo

Ubutumwa : 64-0726M Kumenya Igihecyawe n’Ubutumwa Bwacyo

BranhamTabernacle.org

Mukundwa Mugeni Waconzwe,

Uyu munsi, Itorero ryibagiwe umuhanuzi waryo. Ntibagikeneye ko abwiriza mu matorero yabo. Bavuga ko bafite ba pasteri babo bo kubabwiriza no kubasubiriramo ndetse no kubasobanurira Ijambo. Ko kubwiriza ari ikintu cy’ingenzi kurusha kumva Ijwi ry’Imana riri ku makasete mu nsengero zabo.

Ariko Imana yari izi ko igomba gukoresha umuhanuzi Wayo; akaba aribwo buryo igihe cyose Yagiye ihamagara ndetse igasohora Umugeni Wayo. Yadukebye kuyandi mahanga yose Ikoresheje Inkota Yayo y’amugi abiri, Umwuka Wayo Wera, Ijwi Ryayo ryavuzwe n’umuhanuzi Wayo

Yaduconze ikoresheje ririya Jwi. Iyo niyo mpamvu Yatumye rifatwa amajwi maze rigashyirwa kuri kasete. Kubwo Guhishurirwa tubona uburyo Ibyanditswe bitunganye! Umugeni ntashobora kwera keretse Umwana amwejeje.

Uko wabwiriza kose, icyo wakora cyose, ntirushobora kuzera, ntirushobora kuzagaragazwa, Uwavuze ati: “Ni Njye Mucyo w’isi”, Jambo,

Ijambo ritubwira ko Umwuka Wera Ubwe azasohoka maze akatweza, guhamirizwa, kwemezwa no Kwigaragaza Ubwe. Umucyo wa nimugoroba waraje. Imana yiyerekana Ubwayo mu mubiri kugira ngo ihamagare Umugeni Wayo.

Niwe Wahamagaye MWEBWE ngo musohoke akoresheje Umwuka Wera, Ijambo Ryayo, Ijwi Ryayo. Ni We watoranije MWEBWE. Ni We wigisha MWEBWE. Ni We uyobora MWEBWE. Akoresheje iki? Umwuka Wera, Ijwi Rye rivugana NAMWE MUBURYO BUTAZIGUYE.

Ariko ni ibintu bya kera bitagezweho kuri bo muri iki gihe. Barenze ibyo gucuranga amakasete mu nsengero zabo. Ntabwo babiha agaciro. Iyo niyo mpamvu bari mu mirere nk’iyo barimo. Ariko kuri mwe, byarabahishuriwe ko ari inzira yatanzwe n’Imana, NI UKU NIKO UWITEKA AVUZE KURI MWE.

Rero, hagomba kuboneka Imbaraga, Umwuka Wera Ubwe, kugira ngo Yeze, cyangwa Ahamye, cyangwa Yerekane, cyangwa Agaragaze icyo Yavuze ko kigomba gusohora muri iki gihe. Ni Umucyo wa nimugoroba utanga ibyo. Mbega igihe turimo!

Turi Umugeni Jambo w’Imana utunganye uwo umuhanuzi Wayo yabonye mu iyerekwa. Nitwe Yoherereje umuhanuzi Wayo kugira ngo aduhamagare dusohoke akoreshe Ijambo Rye, kandi turimo turagira UBUBYUTSE ubu, kubera ko noneho tuzi abo turibo.

Gusubiza ubuzima; ni rya jambo rimwe rikoreshwa ahantu hose, maze kubisuzuma, risobanura “ububyutse”. “Azatubyutsa nyuma y’ iminsi ibiri.” Ibyo byaba ari ku: “Munsi wa gatatu, Azaduhagurutsa, nyuma yo kudutatanya, no kuduhuma, no kudushwanyaguza.”

Data yohereje umuhanuzi We kugira ngo arinde Umugeni We bityo kugira ngo tutava mu nzira. Mwibuke, iri ryari iyerekwa!

Umugeni yaratambutse, muri cya gihagararo, nk’uko Yari ari mu ntangiriro. Ariko narimo mureba Asohoka mu murongo, maze nkagerageza kumugarura. Dushobora kubivugaho byinshi, dushingiye ku gihe turimo!

Ariko se bishoboka bite ko “we” yamugarura uyu munsi? “Yo”, nk’umuntu, ntabwo iri hano ku isi. IKORESHA IJAMBO! Ni irihe Jambo RYONYINE ryahamirijwe muri iki gihe? Ijwi ry’Imana ku makasete.

Ababwiriza bahamagariwe kubwiriza Ijambo basubiramo neza neza icyo umuhanuzi yavuze. Nkuko umuhanuzi ubwe abivuga, ntibagomba kongeraho na kimwe.

Ni ukuri, bahamagariwe kwigisha no kubwiriza iryoJambo. Ariko hariho IJWI RIMWE RYONYINE RYAHAMIRIJWE N’IMANA UBWAYO KO ARI UKU NIKO UWITEKA AVUZE.

Uko niko mvuze nanjye, mu Izina rya Yesu Kristo. Ntukagire icyo wongeraho, ntukagire icyo ukuraho… ngo ushyiremo ibitekerezo byawe bwite muri byo. Ujye uvuga gusa ikivuzwe kuri aya makasete. Ukore gusa icyo Uwiteka Imana yawe yagutegetse gukora. Ntukagire icyo wongeraho

Iyo uvuze “amena” kuri buri jambo pasteri wawe cyangwa umubwiriza avuze, uba urimbutse. Ariko iyo uvuze “AMEN” KURI BURI JAMBO IMANA YAVUZE INYUZE MU MUHANUZI WAYO KU MAKASETE, URI UMUGENI KANDI UZABONA UBUGINGO BUHORAHO.

Umuhanuzi w’Imana yari umuntu Imana yatoranije kugira ngo imuvugiremo. Byari binyuze mu GUTORANYA KW’IMANA kugira ngo Imukoreshe avuge Ijambo Ryayo kandi arishyire ku makasete bityo kugira ngo Umugeni abashe IGIHE CYOSE KUGIRA UKU NIKO UWITEKA AVUZE YUMVA.

Ntabwo ishaka ko Umugeni Wayo yishingikiriza kucyo abandi bantu bavuga, cyangwa ubusobanuro bwabo ku Ijambo Ryayo. Ishaka ko Umugeni Wayo yumva ibivuye ku minwa Ye bijya ku matwi yabo. Ntabwo Ishaka ko Umugeni Wayo yishingikiriza ku muntu uwo ari we wese wundi uretse yo Ubwayo.

Igihe tubyutse mu gitondo, dukunda ko We atubwira ngo “Waramutse nshuti. Ngiye kuvugana nawe uyu munsi maze nkubwire uburyo Ngukunda n’uburyo wowe na njye turi UMWE. Mfite benshi nzaha ubugingo buhoraho, ariko ni WOWE wenyine Mugeni wanjye natoranije n’ikiganza. WOWE wenyine nahaye Guhishurirwa kwa mbere y’uko isi ishyirwaho urufatiro.

Abandi benshi bakunda kunyumva, ariko natoranije wowe kugira ngo ube Umugeni Wanjye. Kubera ko wamenye kandi ukagumana n’Ijambo Ryanjye. Ntabwo wigeze urigambanira, ntabwo wigeze ukururana n’abandi bagabo, ahubwo wagumye uri umunyakuri ku Ijambo Ryanjye.

Igihe kiregereje. Ndaje kubatwara vuba aha. Icya mbere, muzabona abari kumwe nanjye ubu. Oh, mbega uburyo bifuza cyane kubabona no kubana namwe. Ntimutinye bana bato, buri kintu cyose kiratunganye kuri iki gihe, mwe mukomeze mujye mbere gusa.”

Nk’umukozi w’Imana, simbona ikintu na gito cyaba gisigaye kuza, uretse kugenda k’Umugeni.

Mwene Data Joseph Branham.

Ubutumwa: 64-0726 M ” Kumenya Igihe cyawe n’Ubutumwa Bwacyo”

Isaha: 12:00 PM, ku isaha y’I Jeffersonville

Ibyanditswe Byo gusoma mbere yo kumva Ubutumwa:

Hoseya Igice cya 6
Nimuze tugarukire Uwiteka, kuko ari we wadukomerekeje kandi ni we uzadukiza, ni we wadukubise kandi ni we uzatwomora.
Azaduhembura tumaze kabiri, ku munsi wa gatatu azaduhagurutsa, kandi tuzabaho turi imbere ye.
Dushishikarire kumenya, tugire umwete wo kumenya Uwiteka: azatunguka nk’umuseke utambika nta kabuza, azatuzaho ameze nk’imvura, nk’imvura y’itumba isomya ubutaka.
Yewe Efurayimu we, nkugenze nte? Yewe Yuda we, nakugira nte? Kuko ineza yanyu ari nk’igicu cyo mu ruturuturu gitamuruka, kandi nk’ikime gitonyorotse hakiri kare.
Ni cyo gituma nabahanishije abahanuzi. Nabicishije amagambo y’akanwa kanjye, kandi imanza nabaciriye zimeze nk’umucyo ukwira hose.
Kuko icyo nshaka ari imbabazi si ibitambo, kandi kumenya Imana kubirutisha ibitambo byoswa.
Ariko bishe isezerano nka Adamu, ni ho bampemukiriye.
I Galeyadi ni umudugudu w’inkozi z’ibibi, hahindanijwe n’amaraso.
Uko ibitero by’abambuzi bicira umuntu igico, ni ko igitero cy’abatambyi cyicira abantu mu nzira igana i Shekemu. Ni ukuri bagira ubugambanyi.
Mu nzu ya Isirayeli nabonyemo ikintu gishishana: aho ni ho ubumaraya bwa Efurayimu bwagaragariye, ni ho Isirayeli yandurijwe.
Kandi nawe Yuda urindirijwe isarura, igihe nzagarura abajyanywe ari imbohe bo mu bwoko bwanjye.
Igihe nashakaga gukiza Isirayeli, gukiranirwa kwa Efurayimu kwahereyeko kurahishurwa, n’ubugome bw’i Samariya na bwo, kuko bakora iby’ibinyoma, umujura yinjira mu cyuho, kandi igitero cy’abambuzi kikamburira ku gasozi.

Ezekiyeli Igice cya 3
Ukuboko k’Uwiteka kwangezeho ansohora ndi mu Mwuka, aramanura angeza mu kibaya cyari cyuzuyemo amagufwa.
Anzengurukana aho yayakikije hose, maze mbona ari menshi cyane muri icyo kibaya, kandi yari yarumye rwose.
Maze arambaza ati “Mwana w’umuntu, mbese aya magufwa yabasha gusubira kubaho?” Ndamusubiza nti “Mwami Uwiteka, ni wowe ubizi.”
Arongera arambwira ati “Hanurira aya magufwa maze uyabwire uti ‘Yemwe mwa magufwa yumye mwe, nimwumve ijambo ry’Uwiteka.
Uku ni ko Umwami Uwiteka abwira aya magufwa ngo: Dore ngiye kubashyiramo umwuka ngo mubeho.
Ngiye kubateraho imitsi, mbakwizeho inyama kandi mbatwikirize uruhu, mbashyiremo umwuka mubone kubaho, mumenye yuko ndi Uwiteka.'”
Nuko mpanura uko nategetswe. Ngihanura habaho guhinda, mbona isi itigita, amagufwa araterana igufwa risanga irindi ryaryo.
Nuko nitegereje mbona imitsi iyafasheho, maze inyama ziyameraho byoroswa uruhu, ariko nta mwuka wari ubirimo.
Maze arambwira ati “Hanurira umuyaga, uhanure mwana w’umuntu, maze ubwire umuyaga uti ‘Uku ni ko Umwami Uwiteka avuga ngo: Uturuke mu birere bine wa mwuka we, uhuhe muri iyo mirambo kugira ngo ibeho.'”
Nuko mpanura uko yantegetse maze umwuka uyinjiramo. Nuko ibaho ihagarara ku maguru yayo, yiremamo inteko nyinshi cyane.
Maze arambwira ati “Mwana w’umuntu, ayo magufwa ni ay’ab’inzu ya Isirayeli yose. Dore baravuga bati ‘Amagufwa yacu arumye kandi ibyiringiro byacu biraheze, twaciwe burundu.’
Nuko rero hanura ubabwire uti ‘Uku ni ko Umwami Uwiteka avuga ngo: Dore ngiye gukingura ibituro byanyu, mbibakuremo mwa bwoko bwanjye mwe, nzabagarura mu gihugu cya Isirayeli.
Muzamenya yuko ndi Uwiteka igihe nzaba maze gukingura ibituro byanyu, nkabibakuramo mwa bwoko bwanjye mwe.
Kandi nzabashyiramo umwuka wanjye mubone kubaho, nzabashyira mu gihugu cyanyu bwite, mumenye yuko ari jye Uwiteka wabivuze kandi mbikomeje.'” Ni ko Uwiteka avuga.
Ijambo ry’Uwiteka ryongeye kunzaho riti
Nuko mwana w’umuntu, wishakire inkoni maze uyandikeho uti ‘Ni iya Yuda, n’iy’Abisirayeli bagenzi be.’Maze ushake indi nkoni uyandikeho uti ‘Ni iya Yosefu, inkoni ya Efurayimu n’iy’inzu y’Abisirayeli bose bagenzi be.’
Maze uzihambiranyemo inkoni imwe, kugira ngo zihinduke imwe mu kuboko kwawe.
Maze igihe abantu b’ubwoko bwawe bazagusobanuza bati ‘Mbese ntiwadusobanurira impamvu z’ibyo?’
Uzababwire uti ‘Uku ni ko Umwami Uwiteka avuga ngo: Dore ngiye kwenda inkoni ya Yosefu iri mu kuboko kwa Efurayimu, n’imiryango y’Abisirayeli bagenzi be, maze mbashyire hamwe n’inkoni ya Yuda mbagire inkoni imwe, babe umwe mu kuboko kwanjye.’
Kandi inkoni wanditseho zizaba ziri mu kuboko kwawe, uri imbere yabo.
Maze ubabwire uti ‘Uku ni ko Umwami Uwiteka avuga ngo: Dore ngiye kuvana Abisirayeli mu mahanga bagiyemo, mbateranirize hamwe baturutse impande zose, maze mbazane mu gihugu cyabo bwite.
Nzabagira ubwoko bumwe mu gihugu ku misozi ya Isirayeli, kandi umwami umwe ni we uzaba umwami ubategeka bose. Ntabwo bazongera kuba amoko abiri ukundi, kandi ntabwo bazongera gutandukanywa ngo babe ibihugu bibiri ukundi,
ntabwo bazongera kwiyandurisha ibigirwamana byabo, cyangwa ibizira byabo cyangwa ibicumuro byabo byose, ahubwo nzabarokorera mu buturo bwabo bwose, ubwo bakoreyemo ibyaha, maze mbeze na bo bazabe ubwoko bwanjye nanjye mbe Imana yabo.
‘Kandi umugaragu wanjye Dawidi azaba umwami wabo, bose bazaba bafite umwungeri umwe. Bazagendera no mu mategeko yanjye, bakomeze amateka yanjye kandi bayakurikize.
Bazaba mu gihugu nahaye umugaragu wanjye Yakobo, icyo ba sogokuruza bahozemo. Ni cyo bazabamo bo n’abana babo n’abuzukuru babo iteka ryose, kandi Dawidi umugaragu wanjye azaba umwami wabo iteka ryose.
Maze kandi nzasezerana na bo isezerano ry’amahoro ribabere isezerano ry’iteka ryose, kandi nzabatuza mbagwize, ubuturo bwanjye bwera nzabushyira hagati yabo buhabe iteka ryose.
Ihema ryanjye ni ryo rizaba hamwe na bo, kandi nzaba Imana yabo na bo babe ubwoko bwanjye.
Amahanga yose azamenya yuko ari jye Uwiteka weza Isirayeli, igihe ubuturo bwanjye bwera buzaba muri bo hagati iteka ryose.’

Malaki 3:1
Dore nzatuma integuza yanjye, izambanziriza intunganyirize inzira. Umwami mushaka azāduka mu rusengero rwe, kandi intumwa y’isezerano mwishimana dore iraje. Ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga.

Malaki 4:5–6
Dore nzaboherereza umuhanuzi Eliya, umunsi w’Uwiteka ukomeye kandi uteye ubwoba utaragera.
Uwo ni we uzasanganya imitima ya ba se ku bana n’imitima y’abana ku ya ba se, kugira ngo ntazaza kurimbuza isi umuvumo.

2 Timoteyo 3:1–9
Umenye yuko mu minsi y’imperuka hazaza ibihe birushya,
kuko abantu bazaba bikunda, bakunda impiya, birarīra, bibona, batukana, batumvira ababyeyi babo, indashima, batari abera,
badakunda n’ababo, batūzura, babeshyerana, batirinda, bagira urugomo, badakunda ibyiza,
bagambana, ibyigenge, bikakaza, bakunda ibibanezeza aho gukunda Imana,
bafite ishusho yo kwera ariko bahakana imbaraga zako. Abameze batyo ujye ubatera umugongo.
Kuko muri bo harimo abagabo bomboka mu mazu bakanyaga abagore batagira umutima, baremerewe n’ibyaha, batwarwa n’irari ry’uburyo bwinshi,
bahora biga ariko ntabwo babasha kugira ubwo bamenya ukuri.
Nk’uko Yane na Yambure barwanije Mose, ni ko n’abo bagabo barwanya ukuri. Abo ni abononekaye ubwenge badashimwa ku byo kwizera.
Ariko ntibazabasha kurengaho kuko ubupfu bwabo buzagaragarira abantu bose, nk’uko ubwa ba bandi na bwo bwagaragaye.

Ibyahishuwe: Igice cya 11
Bampa urubingo rusa n’inkoni bati “Haguruka ugere urusengero rw’Imana n’igicaniro n’abasengeramo,
ariko urugo rw’urusengero urureke nturugere kuko rwahawe abanyamahanga, kandi umudugudu wera bazamara amezi mirongo ine n’abiri bawukandagira.
Abahamya banjye babiri nzabaha guhanura, bahanure iminsi igihumbi na magana abiri na mirongo itandatu bambaye ibigunira.”
Abo bahamya ni bo biti bya elayo bibiri n’ibitereko by’amatabaza bibiri, bihagarara imbere y’Umwami w’isi.
Kandi iyo umuntu ashatse kubagirira nabi umuriro ubava mu kanwa ukotsa abanzi babo, kandi nihagira umuntu ushaka kubagirira nabi, uko ni ko akwiriye kwicwa.
Bafite ubushobozi bwo gukinga ijuru ngo imvura itagwa mu minsi yo guhanura kwabo, kandi bafite ubushobozi bwo guhindura amazi amaraso no guteza isi ibyago byose uko bashatse.
Kandi nibarangiza guhamya kwabo, inyamaswa izazamuka ivuye ikuzimu irwane na bo, ibaneshe ibīce.
Intumbi zabo zizarambarara mu nzira nyabagendwa yo mu mudugudu munini, ari wo witwa i Sodomu no muri Egiputa mu mvugo y’umwuka, ari na ho Umwami wabo yabambwe.
Nuko abo mu moko n’imiryango n’indimi n’amahanga, bazamara iminsi itatu n’igice bareba intumbi zabo, ntibazazikundira guhambwa mu mva.
Abari mu isi bazazīshima hejuru bazikina ku mubyimba banezerwe, bohererezanye impano kuko abo bahanuzi bombi bababazaga abari mu isi.
Iyo minsi itatu n’igice ishize, umwuka w’ubugingo uva ku Mana winjira muri bo baherako barahaguruka, ubwoba bwinshi butera ababibonye.
Bumva ijwi rirenga rivugira mu ijuru ribabwira riti “Nimuzamuke muze hano.” Nuko bazamukira mu gicu bajya mu ijuru abanzi babo babireba.
Uwo mwanya habaho igishyitsi cyinshi, kimwe cya cumi cya wa mudugudu kiragwa, icyo gishyitsi cyica abantu ibihumbi birindwi, abasigaye baterwa n’ubwoba bahimbaza Imana nyir’ijuru.
Ishyano rya kabiri rirashize, dore irya gatatu riraza vuba.
Marayika wa karindwi avuza impanda. Mu ijuru havuga amajwi arenga ngo “Ubwami bw’isi bubaye ubw’Umwami wacu n’ubwa Kristo we, kandi azahora ku ngoma iteka ryose.”
Ba bakuru makumyabiri na bane bicara ku ntebe zabo imbere y’Imana, bikubita hasi bubamye baramya Imana bati
Turagushimye Mwami Imana Ishoborabyose, iriho kandi yahozeho kandi izahoraho, kuko wenze ubushobozi bwawe bukomeye ukīma.
Amahanga yararakaye nuko umujinya wawe uraza, igihe cyo guciriramo abapfuye iteka kirasohora, n’icyo kugororereramo abagaragu b’imbata bawe ari ni bo bahanuzi, no kugororera abera n’abubaha izina ryawe, aboroheje n’abakomeye, kandi n’igihe cyo kurimburiramo abarimbura isi.
Urusengero rw’Imana rwo mu ijuru rurakingurwa, mu rusengero rwayo habonekamo isanduku y’isezerano ryayo, habaho imirabyo n’amajwi no guhinda kw’inkuba, n’igishyitsi n’urubura rwinshi.