Noneho, nagerageje uko nshoboye kugira ngo – kugira ngo – kugira ngo mbahugure kandi mbayobore nk’uko umubyeyi yakayoboye abana be. Muri abana banjye. Nababyaye muri Kristo kubw’ubu butumwa bwiza mbwiriza. Murabona? Kandi njyewe – njye nifuza ko mukura rwose kugeza aho muhindutse abana bashyitse k’uburyo bwuzuye, cyangwa ahubwo – cyangwa ahubwo abana. Kandi nifuza kubamurikira Kristo uwo munsi, nk’uko Pawulo yavugaga, ko ari “ Umwari udafite inenge.” Ntakintu muri iri Jambo umutima wanyu utabasha kuvugira “Amina.”
Imana, ivuga inyuriye muri marayika Wayo ukomeye, irimo iraduha icyerekezo kandi ikatuyobora, Twe Umugeni wa Yesu Kristo. Turi abana be bakuze, umwari utanduye. Kandi binyuze mu buntu butangaje Bwayo, dusubiza na AMEN Kuri buri Jambo twumva! Ni ubusobanuro butunganye bw’Ijambo hamwe no guhamya kw’Imana!
· Niba Ijwi twumva ku makasete ari: Ubusobanuro bwuzuye bw’Ijambo, ni iki kindi Umugeni wa Yesu Kristo akeneye?… NTAKINDI!
Yaradutoranije, ikiganza Cye cyatoranije itsinda rito, kugira ngo abe ariryo rigira Guhishurirwa kw’Ijambo kubw’igihe cyacu. Nitwe yatoranije ngo tube aha ku isi, mu mibiri y’abantu, aho mungoma y’imyaka igihumbi.
Turi maso buri munota na buri munsi kandi dutegereje icyo gihe gihawe ubwiza. Biratwegereye cyane bisa nkaho dushobora kubikoraho. Ndizeye, n’umutima wanjye wose, iki nicyo kiri kutubaho uyu munsi:
oh, ubu bumwe bw’umwuka bwa Kirisito n’Itorero rye, noneho, igihe Umubiri uhindutse Ijambo, kandi Ijambo rihindutse umubiri, rigaragajwe, rihamirijwe. Neza neza ibyo Bibiliya yatangaje kubw’uyu munsi, ni byo bibaho, umunsi ku munsi. Rero ibi birimo birirundanya cyane vuba, hariya mu butayu, kandi ibintu birimo kubaho, ku buryo nta nabasha gukomeza. Twegereje kugaruka kwa Yesu, Ugomba kuba umwe n’Itorero, igihe Ijambo rihindutse Ijambo. Uguhamagara k’Umwuka Wera, urondora imitima!
Hamwe na buri Butumwa twumva, niko Irushaho kuduha Guhishurirwa. Birimo kwiyongera mu buryo bubangutse kuburyo tutashobora kureka gukomeza. Turimo turabona Ijambo rihinduka Ijambo kuruta uko byigeze biba mbere. Nta gacu na gato ko gushidikanya; kubwo Guhishurirwa, TUZI neza abo turibo.
Arimo arunga Umugeni We nkuko Yavuze ko Azabikora, kandi turi igice Cye. Turimo turabibona bibaho hamwe n’amaso yacu ubwacu. Abandi bashobora kutabibona cyangwa ngo babisobanukirwe. Ntabwo ari ibyabo, NI IBYACU, ABANA BE YIBYARIYE.
Umugeni yarafite ibibazo byo kubaza umuhanuzi.
Ese birahagije kumva GUSA Ijwi ry’Imana riri ku makasete? Imana yarasubije maze iravuga ngo: YEGO!!
Ese abana bacu nabo bashobora kubona ibyo bakeneye byose kugira ngo babe Umugeni wa Kristo kubwo kumva gusa amakasete: YEGO!!
Rero, ibyo Umugeni akeneye byose biri KU MAKASETE.
Turabizi kandi ko Imana yatanze izindi nzira nyinshi kubw’abana Bayo.
“Kubw’imibyimba Ye mwarakize.” Noneho, icya mbere niko Ijambo ryavuze, ibyo bikwiriye kuba bihagije, ariko niba mudashobora kwizera Ijambo, nicyo gituma hari impano mu Rusengero, mwene abo bantu basigiwe kumenya uburyo bagomba kwigisha ibyo, bakabikugaragariza neza, uko biri, no kwizera ko kubyizera.
Ndashaka kugutumira kuza kwiyunga n’Ingando ya Branham kuri iki Cyumweru I saa sita z’amanywa ku isaha y’I Jeffersonville, mu gihe twumva: Ibibazo n’Ibisubizo #3 64-0830M.
Mbega uburyo bitangaje kugira Guhishurirwa kw’Ijambo Ryayo no kumenya ko turi Ijambo ryambaye umubiri.
Aho Umubiri uri, aho niho Umugeni ateranira. Kandi kuri twe, hariho ahantu hamwe gusa hatunganye dushobora kubona inyama ya Manu ikiri nshya: binyuze mu gukandaho bikavuga no kumva Ijwi ry’Imana riri ku makasete.
Tuvuge kuri Manu NSHYA, ese twanashobora gutangira gutekereza kucyo turimo gukozaho imitwe y’intoki? Iryo Jwi ry’Imana nyirizina rivugana n’Umugeni mukundwa kuri kasete, aho hatari gukekeranya, nta gukangarana, nta kwibaza ibibazo habe no gushidikanya icyo turimo kumva ni Imana, ikoresha ijwi ry’umuntu, ngo rivuge Uku Niko Uwiteka Avuze ku Mugeni Wayo.
Kubwo guhishurirwa, twizera ko ariho hantu HONYINE dushobora kujya maze tukaruhura ubugingo bwacu kubera ko Amagambo twumva ntabwo ari ijambo ry’umuntu, habe no kuba ari ubusobanuro bwe cyangwa igitekerezo cyongewe kuri Ryo, ahubwo ni Ijambo ry’Imana ry’ukuri rivugana n’ibizu bito, rihishura Ijambo Ryayo.
·Ni iki Yesu yashakaga kuvuga muri Matayo 12, umurongo 32 ?
·Turakwinginze dusobanurire Abakorinto ba mbere 12:8-12
· Ese abagore bakwiriye kujya gukora mu kazi rusange mu gihe bafite abagabo bazima n’abana?
· Ese ni bibi ko umugore aboha imisatsi ye?
Imana yatanze inzira nyinshi kugira ihe umugisha kandi ikomeze Umugeni Wayo, ariko hariho ahantu hamwe honyine Yatanze aho Umugeni Wayo ashobora kugirira icyizere 100% icyo bumva ko ari IJAMBO RITUNGANYE RYAYO. Isoko Imwe y’Amazi y’Ubugingo aho Ibizu bito bishobora kunywera ahantu hatari n’uburyo na buto bushoboka bwo kuba yakandura. GUKANDAHO BIKAVUGA.
Ndagutumira kugira ngo uze kunywa kuri iyo Soko kuri iki Cyumweru I Saa Sita z’Amanywa, ku isaha y’I Jeffersonville, aho tuza kumva 64-0823E “Ibibazo N’Ibisubizo #2.”
Ndamukije Umugeni wa Yesu Kristo hirya no hino ku isi, wizera ko Ingando ya Branham, Ijwi ry’Imana, ari itorero ryabo aho bagaburirwa Manu yahishwe mu buryo bw’umwuka iyo yahunitswe kandi ikabikirwa Umugeni wa Kristo.
Aha niho mu rugo; aha niho mfite ubuyobozi; aha niho dutuye. Noneho, ibyo mubifate mu mutwe icyaba cyose. Noneho niba muri abanyabwenge, muzabonamo ikintu. Icyaba cyose, aha niho buyobozi bwacu, aha nyine.
Abizera benshi igihe cyose bagiye basobanukirwa nabi cyangwa bakongeramo ibitekerezo byabo cyangwa ubusobanuro kucyo umuhanuzi yavuze hano, “Niba uri umunyabwenge, hari icyo uribukuremo, Aha niho buyobozi bwacu bukuru, ahangaha !”
Ese ni iki yashakaga gusobanura kuri ibyo?
Igihe Mwene Data Branham yari hano, benshi bamusobanukiwe nabi kandi batekereje ko Umugeni agomba kujya muri Arizona maze bakamukurikira hariya, kugira ngo bajye mu Izamurwa. Mwene Data Branham yabasubije mu buryo bweruye: MUGUME HANO, AHA NIHO HANTU.
Abantu baturukaga impande zose muri Leta Zunze Ubumwe bakajya muri Arizona, ariko yababwiye mu buryo bweruye ngo, Mugume hano, aha niho hantu!
Mugume muri Jeffersonville? Icyo nicyo yavuze!
Ihishurirwa Ryanjye, ni uko yari Imana, ivugira mu muhanuzi Wayo kandi ikavugana n’abantu ngo, “MUGUMANE N’AMAKASETE.” Aha niho HANTU !
Yari ababaye cyane kandi aravuga ngo hari ikintu afite icyo gukorana n’abo bantu bose. Ese ni iki yari akwiriye gukora? Ni irihe torero yajyaga kuboherezamo? Ese nihe bagombaga kujya? Ese ni iki Mwene Data Branham yavuze ko yagombaga gukora?
Uko niko noneho, ngomba kugarura abana hano kugira ngo babone icyo barya. Bari hariya hepfo aho barimo kwicirwa n’inzara.
Ntabwo yavuze ko bari bakeneye kujya mu nsengero zo mu gace ngo barye utwo tuvungukira duto bajyaga kubagaburira. Yavuze ko agomba KUBAGARURA HANO kubwo kugira ngo babone icyo kurya, naho ubundi bajyaga kwicwa n’inzara kugeza bapfuye.
GUHISHURIRWA KWANJYE, NSHUTI.
Noneho, atari ukongera kumusobanukirwa nabi indi nshuro, cyangwa ngo tuvuge icyo atavuze, kubwo kuvuga ngo, “Mwene Data Branham yashakaga ko buri mwizera ajya I Jeffersonville kugira ngo abe Umugeni.” Mwene Data Branham yari azi abantu bose, na BURI mwizera uturutse hiryo no hino ku isi, ntiyashoboraga kwimuka kandi ngo abe i Jeffersonville. Ibyo byari ibidashoboka. Nonese ni iki yashakaga kuvuga? Yarimo YUNGA Umugeni wa Kristo wo hirya no hino ku MAKASETE ayo yafashwe maze agahunikwa kubw’Umugeni kugira ngo abe ariyo amutunga.
Ubu Butumwa, Iri Jwi, ni Ijambo ry’Imana rivuzwe kubw’uyu munsi kandi rizunga ndetse ritunganye Umugeni wa Yesu Kristo.
umubiri ni iki? umubiri ni icyo ibizu birya. Noneho, ikizu muri Bibiliya gifatwa, nk’umuhanuzi. Umuhanuzi ni ikizu. Imana… Imana yiyita Ubwayo ikizu, kandi twe turi “ibizu bito” noneho, abizera. Murabona? Kandi uwo mubiri birya ni iki? Ni Ijambo. Aho Ijambo riri, imiterere nyakuri y’inyoni izigaragaza ubwayo.
Ni he hari ibitunganye, bihamirijwe, bitarimo urujijo, bikaba ari Ijambo ry’Uku Niko Uwiteka Avuze kubw’uyu munsi? Hariho ahantu hamwe gusa, Ku Makasete.
Nakomeza kuvuga, umurongo ku wundi, ariko ubu Butumwa n’icyo Mwene Data Branham yavuze bizana Guhishurirwa kuvuye ku Mana. Tugomba gusoma hagati mu mirongo binyuze mu guhishurirwa, ariko muvuge gusa icyo yavuze. Kubera ko ni IJAMBO RITUNGANYE.
Ibibazo n’Ibisubizo kubw uyu munsi n’icyo NIZERA.
Uyu munsi, ababwiriza benshi baravuga ngo abantu kubwo kugira Ingo zabo Insengero Z’Amakasete bahabanye n’Ijambo kandi icyo Mwene Data Branham yavuze ko tugomba gukora. Bumva ko tugomba kujya mucyo bita kandi babara ko ari itorero.
Nyakuri hariho imirongo myinshi, imirongo myinshi aho Mwene Data Branham yavuze mu buryo bweruye kuri ibi.
Rero ntabwo ari ukubyumva nabi. NTABWO NDIMO MVUGA KO mugomba gukurikira amakasete ku murongo hamwe n’Ingando ya Branham kugira ngo mube muri Umugeni. NTABWO NDIMO MVUGA ko utagomba kujya ku rusengero. NTABWO NDIMO MVUGA KO udashobora kumva ababwiriza. Niba ubyizeye utyo uhabanye n’Ijambo. Ndimo ndavuga ko kumva Ijwi ry’Imana ku makasete ari Ijwi ry’ingenzi TUGOMBA KUMVA, kandi nizera ko buri mupasteri agomba gucuranga Ijwi, amakasete, mu rusengero rwe. Ariko bashyizeho urwitwazo rw’IMPAMVU BADACURANGA AMAKASETE. Niba iryo ariryo torero ryawe, ntabwo urimo ugaburirwa Ijambo.
Icyo nicyo nyakuri atashakaga ko kibaho kandi nicyo abantu bakoraga..
Kandi mujye ku rusengero; ntimukagume mu rugo, ngo mujye kuroba, no guhiga, n’ibintu nk’ibyo Kucyumweru
Ntabwo twe tubikora. Duteranira hamwe ku kintu cyonyine kizunga Umugeni, Ubu Butumwa, Iri Jwi.
Nongere mbivuge, nizera mu kujya ku rusengero. Hariho insengero nyinshi hirya no hino ku isi zishyira amakasete ku mwanya wa mbere ku gicaniro cyabo, icyubahiro kibe icy’Uwiteka. Ese naba nizera ko mukwiye kuguma mu ngo zanyu cyangwa mukaba mutari Umugeni? OYA, OYA, OYA… Ntabwo nigeze mbitekereza, ntabwo nigeze mbyizera. Ndashaka ko gusa MUKANDAHO BIKAVUGA aho mwaba muri hose ntacyo bitwaye cyangwa itorero mwaba mujyamo.
Niba udafite Guhishurirwa kw”icyo arimo kuvuga, noneho ukwiriye kuvuga mu buryo bweruye ngo, “Ntabwo numva Mwene Data Branham habe no KWEMERANYA n’ibyo avuga byose. Ni nako yavuze, hariho abandi bantu benshi Imana yahamagaye.”
Muzajyeyo. Tubonye hano avuga ati, “Ese dukwiriye kujya mu itorero ritemeranya na we?” Nibyo, ntabwo ari njye kabuye konyine kari ku nkombe y’inyanja, murabizi. Hari… hari abandi bantu b’Imana ahantu hose; nibwira ko ndi umwe muri bo.
Ijwi ry’Imana ku makasete ni AKABUYENGE GATO, URUTARE RWANJYE. Ni Ijwi nshaka kumva kandi ni Ijwi nshaka ko Branham Tabernacle yumva.
Niba mwifuza kwiyunga natwe, muhawe ikaze bikomeye, bene Data na Bashiki bacu. Mwiyunge natwe kuri Iki Cyumweru Saa Sita z’Amanywa ku isaha y’I Jeffersonvile, mu gihe twumva Ijwi ry’Imana rivuga kandi risubiza ibisuzo byinshi mushobora kuba mufite mu mitima yanyu. Kandi wiyumvire ubwawe niba ibintu navuze muri uru rwandiko bihabanye n’Ijambo kandi nkaba narumvishe nabi icyo Imana irimo kuvuga ku Mugeni Wayo.
Icyo yavuze ku makasete ni Uku Niko Uwiteka Avuze. Ntabwo ari icyo ndimo mvuga ko yavuze, cyangwa icyo nizera ko yavuze, kandi Imana YONYINE niyo ishobora kuguha Guhishurirwa k’ukuri.
Ndagukunda cyane. Uri akara ko mu mara Yanjye, n’akagufa ko mu magufa Yanjye. Ndetse mbere y’uko ndema inyenyeri, ukwezi, isanzure Ryanjye ryose, Narakubonye hanyuma Ndagukunda. Namenye ko wari igice Cyanjye, Umukunzi wanjye umwe rukumbi. Wowe na Njye twari UMWE.
Nifuzaga kukubwira ko, utakijijwe umunsi runaka. Wari ukijijwe igihe cyose. Naraje gusa kugira ngo gucungure nkugarure. Wari ukijijwe guhera mu itangira kubera ko wari ufite Ubugingo Buhoraho guhera na mbere. Kubw’ibyo, mu maso Yanjye, ibyaha byawe nta nubwo Nshobora kubibona, ikintu cyonyine numva ni ijwi ryawe. Ndeba gusa uguhagarariye.
Mbega uburyo Nifuje cyane kukubwira ibintu byinshi. Umutima wanjye wuzuye umunezero hamwe no gutangara. Mbega uburyo nkumbuye Ibirori byacu by’Ubukwe, Ingoma Yacu y’Imyaka igihumbi turi hamwe. Kugira ngo nkubwire mu magambo arambuye kubijyanye n’Urugo Rwacu rw’ejo hazaza turi hamwe; mbega uburyo nateguye buri kintu kubwawe, buri kintu cyose ni mu buryo bukunogeye.
Mukunzi Wanjye, niba utekereza ko ari ibintu bitangaje kumva Ijwi Ryanjye rivugana nawe, tegereza gato, iki ni agacu gusa k’uburyo bizaba bimeze igihe tuzaba turihamwe muri uriya Mugi. Umuhanuzi wawe azaba atuye hafi y’iwawe; azaba ari umuturanyi wawe.
Tuzagendana muri iyo mihanda y’izahabu ndetse tunywe ku isoko hamwe. Tuzagendana muri paradizo y’Imana hamwe n’Abamarayika tugenda hejuru y’isi, turirimba indirimo z’icyubahiro… Mbega ukuntu uzaba ari Umunsi mwiza! Ndabizi ko inzira isa n’igoye, kandi rimwe na rimwe ijya ikomera kurushaho kuri wowe,ariko izoroha, kandi irusheho koroha, igihe Turi hamwe.
Kuri ubu, Ngiye kubahuriza hamwe indi nshuro maze mvugane namwe kuri iki Cyumweru I Saa Sita z’Amanywa. Ku isaha y’I Jeffersonville, maze mbabwire byose kubijyanye “N’Urugo Rw’Ahazaza Rw’Umukwe Wo Mu Ijuru N’Umugeni Wo Ku Isi”. Nkumbuye cyane icyo gihe tuziyunga hamwe.
Yesaya Igice cya 4 Uwo munsi abagore barindwi bazajya ku mugabo umwe bamubwire bati “Tuzitungirwa n’ibyokurya byacu kandi tuzajya twiyambika ubwacu, ariko uduhe kwitirirwa izina ryawe udukize urubwa rw’abantu.” Uwo munsi ishami ry’Uwiteka rizaba ryiza rifite icyubahiro. Abisirayeli bazarokoka, imyaka yo mu gihugu izabaryohera cyane ibabere myiza. Maze uzasigara i Siyoni n’i Yerusalemu wese, yanditswe mu bazima b’i Yerusalemu, azitwe uwera. Ubwo ngubwo Uwiteka azaba yuhagiye imyanda y’abakobwa b’i Siyoni ayimazeho, kandi azaba amaze amaraso muri Yerusalemu, ayamarishijemo umwuka ukiranuka n’umwuka wotsa. Kandi hejuru y’ubuturo bwose bwo ku musozi wa Siyoni no ku materaniro yaho, Uwiteka azaharemeraho igicu n’umwotsi ku manywa n’umuriro waka ukamurika nijoro. Maze hejuru y’ibyubahwa byose hazabeho igitwikirizo. Kandi ku manywa hazabaho ihema ryo kuzana igicucu ku bw’icyokere, ribe ubuhungiro n’ubwugamo bw’ishuheri n’imvura.
Yesaya 28:10 Kuko ibye ari ugutoza itegeko rikurikirwa n’irindi, itegeko ku itegeko, umurongo ku murongo, n’umurongo ku murongo, aha bikeya, hariya bikeya.
Mbega Noheri n’Umwaka Mushya twagize. Twakiriye kandi dufungura impano z’Imana yoherereje Umugeni Wayo. Impano yacu ya mbere yari impano ya Noheri ikomeye cyane yaba yarigeze ipfunyikwa. Imana Ubwayo yapfunyitse kubaho Kwayo Ubwayo mu mubiri w’umuntu maze yoherereza iyo paki isi. Niyo yari Impano Yayo ya mbere ikomeye yo kugarura Umugeni Wayo.
Hanyuma Imana yohereza indi paki ikomeye ku Mugeni Wayo. Yaradukunze cyane kuburyo Yaje maze Yihishura Ubwayo mu mubiri indi nshuro bityo kugira ngo Ibashe kuvugana natwe umunwa ku gutwi. Yashakaga ko Yo Ubwayo n’Umugeni Wayo bahinduka Umwe.
Kandi noneho, nshuti, ntimunyumve nabi. Reka mvuge ibi hamwe no kubaha mu mutima wanjye, kubwo kumenya ko ndi umuntu ufitanye isano n’Iteka nkaba nzahagarara imbere y’Urubanza umunsi umwe: Abantu ibihumbi babura impano yabo. Murabona? Ntibashobora kubisobanukirwa. Kandi barabireba, maze bakavuga ngo, “Oh, we ni umuntu.” Uko ni ukuri. Ese yari Imana cyangwa yari Mose watangaga imbaraga? Yari Imana muri Mose. Murabona? Batatse basaba umucunguzi. Kandi igihe Imana yohereje umucunguzi kuri bo, bananirwa kubibona, kubera ko byari binyuze mu muntu, ariko ntabwo yari umuntu, yari Imana mu muntu.
Uyu munsi, indi nshuro, ibihumbi by’abantu barimo baratakaza impano yabo maze bakavuga ngo, “Ntabwo ari ngombwa kumva amakasete, hariho abandi bagabo ubu basizwe,” ibyo ni ukuri, ariko bananirwa kumenya ko ari ryo Jwi RYONYINE ryahamirjwe n’Imana, rivuga Uku Niko Uwiteka Avuze binyuze muri uwo muntu. Ririya Jwi ni Urim na Tumimu y’Imana, Ikidakuka Cyayo kubw’uyu munsi.
Igihe turi kumva Ijwi Ryayo ku makasete tuba nyakuri turimo kunywa ku Isoko Y’Amazi Adudubiza Y’Imana, iyo idakeneye guhatwa, nta gukurura, nta kwiyungaho, nta kwifashisha; turizeye gusa kandi turuhukiye kuri buri Jambo Rivuzwe.
Kubwo kumva iryo Jwi riri ku makasete, nkuko Yesu Ubwe yabivuze, dufite igihamya cy’ukuri cy’Umwuka Wera mu gihe cyacu.
Noneho rero, ngicyo igihamya nyacyo cyuko ufite umwuka wera, Ntiyari yigera na rimwe Imbwira ikintu na kimwe ngo kibe atari ukuri. Ibyo, “Ni igihamya cy’Umwuka Wera, ni kuri wawundi ushobora kwizera ijambo;” Mushobora kuwakira.
Imana yaduhaye Isoko dushobora kunywaho buri munota wa buri munsi. Igihe cyose iba ifutse. Atari mwene ibyo bintu byaretse ahantu, ni isoko idakama, Isoko idakeneye ubufasha; icyo ukeneye gusa ni Ugundaho Bikavuga.
Mu kuvuga ku MPANO yavuye ku Mana, ese mwashobora kwibaza nyakuri ukuntu Iyi Mpano IKOMEYE? Binyuze mu Gukundaho gusa Bikavuga maze ukumva Ijwi Ryayo ku makasete, niryo ryonyine… IJWI RYONYINE mu isi ridakeneye agapimisho, akayunguruzo cyangwa ikindi kindi. Icyo ukeneye gusa ni ukumva, ukizera maze ukavuga amena kuri buri Jambo.
Imana Ubwayo yatanze iyi nzira, INZIRA YAYO YONYINE, kugira ngo wakire ubugingo buhoraho, ndetse ni ingenzi cyane, KUGIRA NGO UBE UMUGENI WAYO. Dushobora kuryama mu gituza Cye maze tukonka imbaraga ziturutse mu gutega amatwi Isoko Ye, Ijwi Rye, Eli Shaddai arimo avugana n’Umugeni We.
Reka uyu mwaka ube umwaka Azaza kuri twe, Umugeni We ukundwa. Turi maso kandi tumutegerezanyije amatsiko akomeye. Umunsi uwo ariwo wose tuzabona abo twifuje kubona bahingutse. Tuzabona ko, mu kanya gato nk’ako guhumbya kw’ijisho, tuzaba dusohotse hano, duhamagawe kujya mu birori byacu by’Ubukwe.
Mwami, mu gihe tubona ameza manini atewe hariya kubw’iryo funguro ry’umugoroba, ku birometero ibihumbi n’ibihumbi, tuzengurutse ameza umwe ku wundi, abarwanyi bafite inkovu z’urugamba, n’amarira y’umunezero atemba ku matama yacu… Umwami asohoka mu bwiza bwe, no kwera, amanuka aho ku meza maze Agafata ibiganza by’Abe nuko akabahanagura amarira ku maso yabo, avuga ngo, “Ntimwongere kurira, byose byarangiye. Injira mu munezero wa Shobuja.” Imiruho y’urugendo izaba ntacyo iricyo icyo gihe, Data, igihe tuzaba tugeze ku iherezo ry’inzira.
Ngwino maze unywe, kandi unywe, ndetse unywe ku Isoko y’Imana yatanze kubw’uyu munsi hamwe natwe kuri iki Cyumweru I Saa Sita z’amanywa., ku Isaha y’Jeffersonville. Niho hantu HONYINE ushobora kuruhuka maze ukavuga AMENA kuri buri Jambo mwumva. Niyo Soko Yayo y’Amazi Adudubiza yatanze kubw’Umugeni Wayo kugira ngo anyweho.
Kuko aho uri ari ho hari isōko y’ubugingo, Mu mucyo wawe ni ho tuzabonera umucyo.
Yeremiya 2:12-13
Wumirwe ku bw’ibyo wa juru we, ufatwe n’ubwoba bukabije wihebe cyane. Ni ko Uwiteka avuga. Kuko abantu banjye bakoze ibyaha bibiri: baranyimūye kandi ari jye sōko y’amazi y’ubugingo, kandi bikorogoshoreye ibitega mu rutare, ndetse ni ibitega bitobotse bitabasha gukomeza amazi.
Uyu munsi, Itorero ryibagiwe umuhanuzi waryo. Ntibagikeneye ko abwiriza mu matorero yabo. Bavuga ko bafite ba pasteri babo bo kubabwiriza no kubasubiriramo ndetse no kubasobanurira Ijambo. Ko kubwiriza ari ikintu cy’ingenzi kurusha kumva Ijwi ry’Imana riri ku makasete mu nsengero zabo.
Ijambo ritubwira ko Umwuka Wera Ubwe azasohoka maze akatweza, guhamirizwa, kwemezwa no Kwigaragaza Ubwe. Umucyo wa nimugoroba waraje. Imana yiyerekana Ubwayo mu mubiri kugira ngo ihamagare Umugeni Wayo.
Niwe Wahamagaye MWEBWE ngo musohoke akoresheje Umwuka Wera, Ijambo Ryayo, Ijwi Ryayo. Ni We watoranije MWEBWE. Ni We wigisha MWEBWE. Ni We uyobora MWEBWE. Akoresheje iki? Umwuka Wera, Ijwi Rye rivugana NAMWE MUBURYO BUTAZIGUYE.
Ariko ni ibintu bya kera bitagezweho kuri bo muri iki gihe. Barenze ibyo gucuranga amakasete mu nsengero zabo. Ntabwo babiha agaciro. Iyo niyo mpamvu bari mu mirere nk’iyo barimo. Ariko kuri mwe, byarabahishuriwe ko ari inzira yatanzwe n’Imana, NI UKU NIKO UWITEKA AVUZE KURI MWE.
Rero, hagomba kuboneka Imbaraga, Umwuka Wera Ubwe, kugira ngo Yeze, cyangwa Ahamye, cyangwa Yerekane, cyangwa Agaragaze icyo Yavuze ko kigomba gusohora muri iki gihe. Ni Umucyo wa nimugoroba utanga ibyo. Mbega igihe turimo!
Gusubiza ubuzima; ni rya jambo rimwe rikoreshwa ahantu hose, maze kubisuzuma, risobanura “ububyutse”. “Azatubyutsa nyuma y’ iminsi ibiri.” Ibyo byaba ari ku: “Munsi wa gatatu, Azaduhagurutsa, nyuma yo kudutatanya, no kuduhuma, no kudushwanyaguza.”
Data yohereje umuhanuzi We kugira ngo arinde Umugeni We bityo kugira ngo tutava mu nzira. Mwibuke, iri ryari iyerekwa!
Umugeni yaratambutse, muri cya gihagararo, nk’uko Yari ari mu ntangiriro. Ariko narimo mureba Asohoka mu murongo, maze nkagerageza kumugarura. Dushobora kubivugaho byinshi, dushingiye ku gihe turimo!
Ariko se bishoboka bite ko “we” yamugarura uyu munsi? “Yo”, nk’umuntu, ntabwo iri hano ku isi. IKORESHA IJAMBO! Ni irihe Jambo RYONYINE ryahamirijwe muri iki gihe? Ijwi ry’Imana ku makasete.
Ni ukuri, bahamagariwe kwigisha no kubwiriza iryoJambo. Ariko hariho IJWI RIMWE RYONYINE RYAHAMIRIJWE N’IMANA UBWAYO KO ARI UKU NIKO UWITEKA AVUZE.
Uko niko mvuze nanjye, mu Izina rya Yesu Kristo. Ntukagire icyo wongeraho, ntukagire icyo ukuraho… ngo ushyiremo ibitekerezo byawe bwite muri byo. Ujye uvuga gusa ikivuzwe kuri aya makasete. Ukore gusa icyo Uwiteka Imana yawe yagutegetse gukora. Ntukagire icyo wongeraho
Iyo uvuze “amena” kuri buri jambo pasteri wawe cyangwa umubwiriza avuze, uba urimbutse. Ariko iyo uvuze “AMEN” KURI BURI JAMBO IMANA YAVUZE INYUZE MU MUHANUZI WAYO KU MAKASETE, URI UMUGENI KANDI UZABONA UBUGINGO BUHORAHO.
Umuhanuzi w’Imana yari umuntu Imana yatoranije kugira ngo imuvugiremo. Byari binyuze mu GUTORANYA KW’IMANA kugira ngo Imukoreshe avuge Ijambo Ryayo kandi arishyire ku makasete bityo kugira ngo Umugeni abashe IGIHE CYOSE KUGIRA UKU NIKO UWITEKA AVUZE YUMVA.
Ntabwo ishaka ko Umugeni Wayo yishingikiriza kucyo abandi bantu bavuga, cyangwa ubusobanuro bwabo ku Ijambo Ryayo. Ishaka ko Umugeni Wayo yumva ibivuye ku minwa Ye bijya ku matwi yabo. Ntabwo Ishaka ko Umugeni Wayo yishingikiriza ku muntu uwo ari we wese wundi uretse yo Ubwayo.
Igihe tubyutse mu gitondo, dukunda ko We atubwira ngo “Waramutse nshuti. Ngiye kuvugana nawe uyu munsi maze nkubwire uburyo Ngukunda n’uburyo wowe na njye turi UMWE. Mfite benshi nzaha ubugingo buhoraho, ariko ni WOWE wenyine Mugeni wanjye natoranije n’ikiganza. WOWE wenyine nahaye Guhishurirwa kwa mbere y’uko isi ishyirwaho urufatiro.
Ubutumwa: 64-0726 M ” Kumenya Igihe cyawe n’Ubutumwa Bwacyo”
Isaha: 12:00 PM, ku isaha y’I Jeffersonville
Ibyanditswe Byo gusoma mbere yo kumva Ubutumwa:
Hoseya Igice cya 6 Nimuze tugarukire Uwiteka, kuko ari we wadukomerekeje kandi ni we uzadukiza, ni we wadukubise kandi ni we uzatwomora. Azaduhembura tumaze kabiri, ku munsi wa gatatu azaduhagurutsa, kandi tuzabaho turi imbere ye. Dushishikarire kumenya, tugire umwete wo kumenya Uwiteka: azatunguka nk’umuseke utambika nta kabuza, azatuzaho ameze nk’imvura, nk’imvura y’itumba isomya ubutaka. Yewe Efurayimu we, nkugenze nte? Yewe Yuda we, nakugira nte? Kuko ineza yanyu ari nk’igicu cyo mu ruturuturu gitamuruka, kandi nk’ikime gitonyorotse hakiri kare. Ni cyo gituma nabahanishije abahanuzi. Nabicishije amagambo y’akanwa kanjye, kandi imanza nabaciriye zimeze nk’umucyo ukwira hose. Kuko icyo nshaka ari imbabazi si ibitambo, kandi kumenya Imana kubirutisha ibitambo byoswa. Ariko bishe isezerano nka Adamu, ni ho bampemukiriye. I Galeyadi ni umudugudu w’inkozi z’ibibi, hahindanijwe n’amaraso. Uko ibitero by’abambuzi bicira umuntu igico, ni ko igitero cy’abatambyi cyicira abantu mu nzira igana i Shekemu. Ni ukuri bagira ubugambanyi. Mu nzu ya Isirayeli nabonyemo ikintu gishishana: aho ni ho ubumaraya bwa Efurayimu bwagaragariye, ni ho Isirayeli yandurijwe. Kandi nawe Yuda urindirijwe isarura, igihe nzagarura abajyanywe ari imbohe bo mu bwoko bwanjye. Igihe nashakaga gukiza Isirayeli, gukiranirwa kwa Efurayimu kwahereyeko kurahishurwa, n’ubugome bw’i Samariya na bwo, kuko bakora iby’ibinyoma, umujura yinjira mu cyuho, kandi igitero cy’abambuzi kikamburira ku gasozi.
Ezekiyeli Igice cya 3 Ukuboko k’Uwiteka kwangezeho ansohora ndi mu Mwuka, aramanura angeza mu kibaya cyari cyuzuyemo amagufwa. Anzengurukana aho yayakikije hose, maze mbona ari menshi cyane muri icyo kibaya, kandi yari yarumye rwose. Maze arambaza ati “Mwana w’umuntu, mbese aya magufwa yabasha gusubira kubaho?” Ndamusubiza nti “Mwami Uwiteka, ni wowe ubizi.” Arongera arambwira ati “Hanurira aya magufwa maze uyabwire uti Yemwe mwa magufwa yumye mwe, nimwumve ijambo ry’Uwiteka. Uku ni ko Umwami Uwiteka abwira aya magufwa ngo: Dore ngiye kubashyiramo umwuka ngo mubeho. Ngiye kubateraho imitsi, mbakwizeho inyama kandi mbatwikirize uruhu, mbashyiremo umwuka mubone kubaho, mumenye yuko ndi Uwiteka.'” Nuko mpanura uko nategetswe. Ngihanura habaho guhinda, mbona isi itigita, amagufwa araterana igufwa risanga irindi ryaryo. Nuko nitegereje mbona imitsi iyafasheho, maze inyama ziyameraho byoroswa uruhu, ariko nta mwuka wari ubirimo. Maze arambwira ati “Hanurira umuyaga, uhanure mwana w’umuntu, maze ubwire umuyaga uti Uku ni ko Umwami Uwiteka avuga ngo: Uturuke mu birere bine wa mwuka we, uhuhe muri iyo mirambo kugira ngo ibeho.'” Nuko mpanura uko yantegetse maze umwuka uyinjiramo. Nuko ibaho ihagarara ku maguru yayo, yiremamo inteko nyinshi cyane. Maze arambwira ati “Mwana w’umuntu, ayo magufwa ni ay’ab’inzu ya Isirayeli yose. Dore baravuga bati Amagufwa yacu arumye kandi ibyiringiro byacu biraheze, twaciwe burundu.’ Nuko rero hanura ubabwire uti Uku ni ko Umwami Uwiteka avuga ngo: Dore ngiye gukingura ibituro byanyu, mbibakuremo mwa bwoko bwanjye mwe, nzabagarura mu gihugu cya Isirayeli. Muzamenya yuko ndi Uwiteka igihe nzaba maze gukingura ibituro byanyu, nkabibakuramo mwa bwoko bwanjye mwe. Kandi nzabashyiramo umwuka wanjye mubone kubaho, nzabashyira mu gihugu cyanyu bwite, mumenye yuko ari jye Uwiteka wabivuze kandi mbikomeje.'” Ni ko Uwiteka avuga. Ijambo ry’Uwiteka ryongeye kunzaho riti Nuko mwana w’umuntu, wishakire inkoni maze uyandikeho uti Ni iya Yuda, n’iy’Abisirayeli bagenzi be.’Maze ushake indi nkoni uyandikeho uti Ni iya Yosefu, inkoni ya Efurayimu n’iy’inzu y’Abisirayeli bose bagenzi be.’ Maze uzihambiranyemo inkoni imwe, kugira ngo zihinduke imwe mu kuboko kwawe. Maze igihe abantu b’ubwoko bwawe bazagusobanuza bati Mbese ntiwadusobanurira impamvu z’ibyo?’ Uzababwire uti Uku ni ko Umwami Uwiteka avuga ngo: Dore ngiye kwenda inkoni ya Yosefu iri mu kuboko kwa Efurayimu, n’imiryango y’Abisirayeli bagenzi be, maze mbashyire hamwe n’inkoni ya Yuda mbagire inkoni imwe, babe umwe mu kuboko kwanjye.’ Kandi inkoni wanditseho zizaba ziri mu kuboko kwawe, uri imbere yabo. Maze ubabwire uti Uku ni ko Umwami Uwiteka avuga ngo: Dore ngiye kuvana Abisirayeli mu mahanga bagiyemo, mbateranirize hamwe baturutse impande zose, maze mbazane mu gihugu cyabo bwite. Nzabagira ubwoko bumwe mu gihugu ku misozi ya Isirayeli, kandi umwami umwe ni we uzaba umwami ubategeka bose. Ntabwo bazongera kuba amoko abiri ukundi, kandi ntabwo bazongera gutandukanywa ngo babe ibihugu bibiri ukundi, ntabwo bazongera kwiyandurisha ibigirwamana byabo, cyangwa ibizira byabo cyangwa ibicumuro byabo byose, ahubwo nzabarokorera mu buturo bwabo bwose, ubwo bakoreyemo ibyaha, maze mbeze na bo bazabe ubwoko bwanjye nanjye mbe Imana yabo. Kandi umugaragu wanjye Dawidi azaba umwami wabo, bose bazaba bafite umwungeri umwe. Bazagendera no mu mategeko yanjye, bakomeze amateka yanjye kandi bayakurikize. Bazaba mu gihugu nahaye umugaragu wanjye Yakobo, icyo ba sogokuruza bahozemo. Ni cyo bazabamo bo n’abana babo n’abuzukuru babo iteka ryose, kandi Dawidi umugaragu wanjye azaba umwami wabo iteka ryose. Maze kandi nzasezerana na bo isezerano ry’amahoro ribabere isezerano ry’iteka ryose, kandi nzabatuza mbagwize, ubuturo bwanjye bwera nzabushyira hagati yabo buhabe iteka ryose. Ihema ryanjye ni ryo rizaba hamwe na bo, kandi nzaba Imana yabo na bo babe ubwoko bwanjye. Amahanga yose azamenya yuko ari jye Uwiteka weza Isirayeli, igihe ubuturo bwanjye bwera buzaba muri bo hagati iteka ryose.’
Malaki 3:1 Dore nzatuma integuza yanjye, izambanziriza intunganyirize inzira. Umwami mushaka azāduka mu rusengero rwe, kandi intumwa y’isezerano mwishimana dore iraje. Ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga.
Malaki 4:5–6 Dore nzaboherereza umuhanuzi Eliya, umunsi w’Uwiteka ukomeye kandi uteye ubwoba utaragera. Uwo ni we uzasanganya imitima ya ba se ku bana n’imitima y’abana ku ya ba se, kugira ngo ntazaza kurimbuza isi umuvumo.
Imana ntihinduka. Ijambo ryayo ntirihinduka. Gahunda yayo ntabwo ihinduka. Kandi n’Umugeni Wayo ntabwo ahinduka, tuzagumana n’Ijambo. Ni ibiruta ubuzima kuri twe; ni isoko y’Amazi y’Ubugingo.
Ikintu rukumbi twahawe nk’inshingano gukora ni ukumva Ijambo, ariryo Jwi ry’Imana rihamirijwe ryafashwe kandi rigashyirwa ku makasete. Nicyo kintu cyonyine tubona ko atari umuhango, atari itsinda ry’abantu, nta kindi tubona uretse Yesu, ndetse We ni Ijambo ryambaye umubiri mu minsi yacu.
Imana iri mu kambi yacu kandi turi mu nzira igana mu Bwiza kubwo kuba tuyobowe n’Inkingi y’Umuriro, ariyo Mana Ubwayo ivuga inyuriye mu muhanuzi Wayo wa Malaki 4 wahamirijwe. Turimo turarya ya Manu yahishwe, Amazi y’Ubugingo ibyo Umugeni ashobora kurya byonyine.
Imana ntihindura inzira Zayo, ndetse na satani ntabwo ajya ahindura ize. Icyo yakoze mu myaka 2000 ishize, nicyo kintu kimwe arimo gukora uyu munsi, usibye ko yarushijeho kuba inyaryenge.
Noneho, nyuma y’imyaka maganane Imana yagendeye hagati muri bo umunsi umwe. Ukurikije Ibyanditswe Yagombaga kwambara umubiri kandi agatura hagati muri bo. “Izina Rye ryagombaga kuba Umujyanama, Igikomangoma cy’Amahoro, Imana Ikomeye, Data Uhoraho.” Kandi igihe Yaje mu bantu be, baravuze bati, “Ntabwo twakwemera ko uyu muntu atuyobora.
Dukurikije Ibyanditswe, Umwana w’Umuntu agomba kongera kugaruka indi nshuro maze akabaho kandi akihishura Ubwe mu mubiri w’Umuntu, ndetse Yamaze kubikora, kandi nabo nicyo bavuga. Ni ukuri, basubiramo kandi bakabwiriza Ubutumwa, ariko ntabwo bazemera uwo muntu ko abategeka.
Ibyo nibyo neza birimo kubaho
Kandi nkuko byari bimeze noneho, niko bimeze ubu. Bibiliya yaravuze ngo itorero rya Lawodokiya rizamushyira hanze, kandi Yarimo akomanga agerageza kongera kwinjira. Hari ahantu hari ikintu kitagenda.None se, ni ukubera iki? Bari barakoze iyabo nkambi.
Umuntu ashobora kuvuga ngo, “Ndabizi kandi ndabyizera ko Mwene Data Branham yari Umuhanuzi. Yari marayika wa karindwi. Yari Eliya. Twizera ubu Butumwa. Nuko ibyo bakabitanga nk’urwitwazo, ariko uko biri kose, ntibacurange Ijwi ry’Imana RYONYINE ryahamirijwe mu matorero yabo… Hariho ikintu kitagenda ahantu runaka. None se ni kuki? Bubatse nkambi yabo bwite.
Ndavuga ibi bintu atari ukugira ngo ntandukanye itorero, Ijambo ry’Imana rirabikora. Ndashako twiyunga hamwe, tukaba ITSINDA RIMWE umwe ku wundi no hagati yacu na We, ariko hariho inzira imwe yo gukora ibyo; ni ukuzenguruka Ijwi ry’Imana riri ku makasete. Iryo niryo UKU NIKO UWITEKA AVUZE YONYINE Y’Imana.
Imana yahishuye inzira Yayo itunganye kuri twe. Ni inzira y’ubwiza butangaje kandi nyamara iroroheje. Muri buri Butumwa twumva We atubwira, akaduhariza, akadutera umwete, ko TURI UMUGENI WE. Turi mu bushake Bwe butunganye. Twariteguye ubwacu binyuze muri MUMWUMVIRE.
Ubu Butumwa buri kugihe kurenza amakuru azasohoka ejo mu kinyamakuru. Turi ubuhanuzi burimo burasohora. Turi Ijambo rigaragajwe. Imana iraduhamiriza muri buri Butumwa twumva ko uyu munsi, iki Cyanditswe kirimo kirasohora.
Byashoboka ko haba abantu mu bihugu bitandukanye, hose mu isi, bazagerwaho n’iyi bande mu ngo zabo cyangwa mu nsengero zabo. Turasenga, Mwami, ngo mugihe amateraniro akomeje, mu-mu… cyangwa mu gihe bazaba bacuranga iyi bande, cyangwa uko twaba duhagaze cyangwa-cyangwa uko twaba turi kose, Imana ikomeye yo mu Ijuru yubahirize ubunyakuri bw’imitima yacu muri iki gitondo, maze Ikize abafite ibibazo, Ibahe ibyo bakeneye.
Ba utegereje gato… Ni iki Ijwi ry’Imana ku isi ryahanuye kandi rikavuga?… Abantu bazaba bacuranga amakasete mu ngo zabo no munsengero zabo.
Ariko turanengwa kandi tugacyahwa kubwo kuvuga ngo NTIBYASHOBOKA KO twagira Itorero rya Kasete ryo Murugo? Ese Mwene Data Branham ntiyigeze avuga ngo mucurange amakasete mu NSENGERO zanyu?
ICYUBAHIRO KIBE ICY’IMANA, MUYUMVE, MUYASOME, NI UKU NIKO UWITEKA AVUZE. Kandi ntabwo ari ukubera ko gusa Yo yabize, ahubwo kubwo gucuranga amakasete mu ngo zanyu no munsegero, Imana ikomeye yo mu Ijuru izubaha ubunyakuri bw’imitima yanyu maze ikize ababaye kandi ibahe ICYO MUKENEYE CYOSE!!
Uyu murongo umwe UHAMYA KO abantu bumva abapastori babo ariko bakaba BATUMVA IJAMBO, cyangwa urabahinyuza kandi ukabemeza binyuze mu IJAMBO ko turi MU BUSHAKE BWAYO BUTUNGANYE, kandi biri MU BUSHAKE BWAYO BUTUNGANYE GUCURANGA AMAKASETE MU NSENGERO ZABO.
Ntabwo ndimo nshyira Ijambo mu mwanya utari uwaryo cyangwa ngo ndivuge uko ritari nkuko benshi bajya bavuga ko mbikora. Mubyumve kandi mubyisomere ubwanyu.
Ni ibintu byoroheje kandi bitunganye, ni UGUKANDAHO BIKAVUGA gusa maze mukumva Ijwi ry’Imana rivugana na mwe. Muvuge “Amen” kuri buri Jambo mwumva. Nta nubwo ari ngombwa gusobanukirwa, icyo musabwa gusa ni ukubyizera.
Ndashaka gusohoka mu rugo. Ntitaye kucyo bizansaba cyose, nzafata umusaraba wanjye maze nywikorere iminsi yose. Nzasohoka mu rugo. Ntitaye ku cyo abantu bazamvugaho, ndashaka kumukurikira hanze y’urugo. Niteguye kugenda.
Ngwino maze tujye hakurya y’urukuta rw’amajwi aho mu Ijambo ry’Imana hamwe natwe kuri iki Cyumweru I Saa Sita z’Amanywa ku Isaha y’I Jeffersonville. Ni ibitagira umupaka ibyo Imana ibasha gukora kandi izakorana n’umuntu witeguye kujya hakurya y’inkambi y’umuntu.
Mwene Data Joseph Branham
Ubutumwa: 64-0719E Kujya Hakurya y’Inkambi
Ibyanditswe:
Abaheburayo 13: 10-14 Dufite igicaniro, icyo abakora umurimo wa rya hema badahawe uburenganzira bwo kuriraho. Kuko intumbi z’amatungo, izo umutambyi mukuru ajyana amaraso yazo Ahera kuba impongano y’ibyaha, zitwikirwa inyuma y’urugo. Ni cyo cyatumye na Yesu ababarizwa inyuma y’irembo, kugira ngo yejeshe abantu amaraso ye. Nuko dusohoke, tumusange inyuma y’urugo twemeye gutukwa ku bwe, kuko hano tudafite umudugudu uhoraho, ahubwo dushaka uzaza.
Matayo 17: 4-8 Petero abwira Yesu ati “Mwami, ni byiza ubwo turi hano. Nushaka ndaca ingando eshatu hano, imwe yawe, indi ya Mose, indi ya Eliya.” Akibivuga igicu kirabakingiriza, ijwi rikivugiramo riti “Nguyu Umwana wanjye nkunda nkamwishimira, mumwumvire.” Abigishwa babyumvise bikubita hasi bubamye, baratinya cyane. Yesu arabegera abakoraho arababwira ati “Nimuhaguruke mwitinya.” Bubura amaso ntibagira undi babona, keretse Yesu wenyine.
Ibi ntabwo ari ibihimbano biraho gusa ncuti zanjye. Ni UKU NIKO UWITEKA AVUZE, Ibyanditswe.
Buri Mukristo ashaka kuba Umugeni, ariko tuziko Umugeni Wayo azaba ari bake gusa batoranijwe. Turabizi ko Igira ubushake buhaswe, ariko Umugeni Wayo agomba kuba mu bushake Bwayo butunganye. Rero, tugomba gushaka Imana mu Ijambo Ryayo, ndetse no mu Guhishurirwa, tuzamenya ubushake Bwayo butunganye uburyo duhinduka Umugeni Wayo.
Tugomba gushaka mu Byanditswe, kubera ko tuziko Imana NTIYIGERA NA RIMWE ihindura ibitekerezo Byayo ku byerekeye Ijambo Ryayo. Imana ntabwo yigera ihindura gahunda Yayo. Ntiyigera igira NA KIMWE ihindura. Uburyo yabikoze inshuro ya mbere buratunganye. Icyo Yakoze ejo hashize Izongera igikore mu buryo bumwe uyu munsi.
Uburyo yakoresheje icungura umuntu mu itangira nibwo buryo bumwe Izakoresha icungura umuntu uyu munsi. Uburyo yakijije uburwayi umuntu wa mbere, Igomba kubikora mu buryo bumwe uyu munsi. Uburyo Imana yahisemo guhamagara no kuyobora Umugeni Wayo, nibwo buryo bumwe izakoresha uyu munsi, kubera ko ni Imana kandi ntabwo ishobora guhinduka. Ijambo ritubwira ko Yesu Kristo yari UKO YARI ejo hashize, uyu munsi ndetse n’iteka.
Rero, igihe dusomye Ijambo Ryayo, dushobora kubona mu buryo bweruye uburyo Yahisemo guhamagara no kuyobora Umugeni Wayo muri buri gisekuru. Yatoranije UMUNTU UMWE. Yavuze ko bari Ijambo ry’igihe cyabo. Umuhanuzi yatubwiye ko ITIGEZE NA RIMWE igira itsinda ry’abantu; bagira inzira zitandukanye, ibitekerezo bitandukanye, kandi ikiruseho, Yaravuze ngo IJAMBO RY’IMANA NTA BUSOBANURO RIKENEYE.
Kubw’ibyo, icyo buri muhanuzi yavuze muri buri gisekuru ntigishobora kugira icyongerwaho cyangwa ngo hagire igikurwaho. Bigomba kuba ari Ijambo ku Ijambo icyo YO YAVUZE. Biroroshye cyane uramutse umbajije inzira yateguwe n’Imana…GUMANA N’UMUHANUZI.
Noneho, ntabwo ari gusa kuba tuzi neza inzira yateguwe n’Imana icyo iricyo guhera mu itangira, Umwami azanavugira muri marayika Wayo maze atubwire icyo Azakora mu gihe kirimbere, gusa kugira ngo yongere kuduhamiriza ko, IMANA ITAJYA IHINDURA GAHUNDA YAYO.
Nyuma y’uko Umugeni Wayo(twebwe) avuye ku isi maze akaba ahamagawe kujya mu Birori by’Ubukwe, mbega ni buryo ki Imana igiye guhamagara abatowe bo mu Bayahudi 144 000 ? Ese ni itsinda ry’abantu?
Igice cy’Umugeni Wayo kiraza kuba giteraniye hamwe kuri iki Cyumweru I Saa Sita z’Amanywa. Ku isaha y’I Jeffersonville, twumva pasteri wacu, marayika w’Imana intumwa, William Marrion Branham, kandi araza kuba arimo kuvugana natwe kandi aduhishurira ko nta rindi torero, nta rindi tsinda ry’abantu kuva isi yaremwe, ryigeze rigira amahirwe nk’ayo dufite yo kwiyunga hamwe bakumva Imana ivugana nabo mu buryo butaziguye.
Abalewi 23:23–27 Uwiteka abwira Mose ati Bwira Abisirayeli uti: Mu kwezi kwa karindwi ku munsi wako wa mbere, hajye hababeraho umunsi wo kuruhuka, ube uwo kubibukisha, muwurangishe kuvuza amahembe, muwuteraneho guterana kwera. Ntimukagire umurimo w’ubugaragu muwukoraho, kandi mujye muwutambiraho Uwiteka igitambo gikongorwa n’umuriro. Uwiteka abwira Mose ati Ariko umunsi wa cumi w’uko kwezi kwa karindwi ni wo munsi w’impongano, ujye ubabera uwo guterana kwera, mujye muwibabazaho imitima, muwutambireho Uwiteka igitambo gikongorwa n’umuriro.
Yesaya 18:1–3 Dore re! Dore igihugu gihindisha amababa kiri hakurya y’imigezi ya Etiyopiya, cyatumye intumwa zinyura mu nyanja zigenda ku mazi ku bihare by’inkorogoto kiti “Nimugende mwa ntumwa mwe z’impayamaguru, musange ishyanga ry’abantu barebare b’umubiri urembekereye, ryahoze ritera ubwoba na bugingo n’ubu, ishyanga risenya rigasiribanga igihugu cyaryo kigabanywa n’imigezi.” Yemwe baturage bo ku isi mwese, yemwe abatura ku isi, ibendera nirishingwa ku misozi miremire mujye mureba, kandi ikondera nirivuga mujye mwumva.
Yesaya 27:12–13 Uwo munsi Uwiteka azakubita imbuto ze ngo ziragarike, uhereye ku Ruzi ukageza ku kagezi ka Egiputa. Nuko muzatoragurwa umwe umwe, mwa Bisirayeli mwe. Uwo munsi ikondera rinini rizavuga, abari bagiye kurimbukira mu gihugu cya Ashuri n’abaciriwe mu gihugu cya Egiputa, bazaza basengere Uwiteka ku musozi wera i Yerusalemu.
Ibyahishuwe 10:1–7 Mbona marayika wundi ukomeye amanuka ava mu ijuru yambaye igicu, umukororombya uri ku mutwe we, mu maso he hasa n’izuba, ibirenge bye bisa n’inkingi z’umuriro. Mu intoki ze yari afite agatabo kabumbutse. Nuko ashyira ikirenge cye cy’iburyo ku nyanja, n’icy’ibumoso agishyira ku butaka. Arangurura ijwi rirenga nk’uko intare yivuga, avuze iryo jwi rirenga guhinda kurindwi kw’inkuba kuvuga amajwi yako. Kandi guhinda kurindwi kw’inkuba kumaze kuvuga, nari ngiye kwandika nuko numva ijwi rivugira mu ijuru rimbwira riti “Iby’uko guhinda kurindwi kw’inkuba kuvuze ubizigame, bibe ubwiru ntubyandike.” Marayika nabonye ahagaze ku nyanja no ku butaka amanika ukuboko kwe kw’iburyo, agutunga mu ijuru arahira Ihoraho iteka ryose yaremye ijuru n’ibirimo, n’isi n’ibiyirimo n’inyanja n’ibiyirimo ati “Ntihazabaho igihe ukundi, ahubwo mu minsi y’ijwi rya marayika wa karindwi ubwo azatangira kuvuza impanda, ni ho ubwiru bw’Imana buzaba busohoye nk’uko yabwiye imbata zayo ari zo bahanuzi.”
Ibyahishuwe 9:13–14 Marayika wa gatandatu avuza impanda, numva ijwi riva ku mahembe ane y’igicaniro cy’izahabu kiri imbere y’Imana, ribwira marayika wa gatandatu ufite impanda riti “Bohora abamarayika bane baboheye ku ruzi runini Ufurate.”
Turi kubaho mu gihe cyijimye cyane, ariko NTA BWOBA DUFITE, Umwigisha yaraje. Yaje kugira ngo asohoze Ijambo Rye mu minsi yanyuma. Icyo Yaricyo ikindi gihe, nicyo Aricyo uyu munsi. Ukwigaragaza kwe n’ibimuranga yari afite icyo gihe, nibyo aribyo uyu munsi. Aracyari Ijambo Ry’Imana, yigaragaza Ubwe mu mubiri w’umuntu muri marayika We wa karindwi kandi yaratwihishuriye, turi Umugeni We w’Ijambo Rizima.
Nta mwanya dufite wo kujya impaka cyangwa guhangana; icyo gihe twarakirenze; turakomeje imbere, tugomba kugera hariya, Umwuka Wera yaje muri twe. Umwami Yesu mu ishusho y’Umwuka yarihishuye kandi ariyerekana Ubwe binyuze mu muhanuzi We y’uko We ari Ijwi ry’Imana ku Mugeni Wayo.
Yavuze ko Azaza. Yavuze ko Azakora ibi. Yavuze ko Azahaguruka Akinjira mu murimo mu minsi yanyuma kandi agakora ibi bintu nkuko Yabikoze mu mubiri mu gihe cya mbere, kandi nguyu hano arimo arabikora. Ese ni iki kibateye ubwoba? NTA NA KIMWE!!!
Turi mu nzira tugana mu Bwiza! Nta kintu gihari gishobora kuduhagarika. Imana igiye guhamiriza Ijambo Ryayo. Ntabwo nitaye kubirimo kubaho. Igihe cyo gushyira mu bikorwa kirageze. Igihe kirageze kugira ngo wizere cyangwa ureke kwizera. Umurongo utandukanya ugomba kuza kuri buri mugabo na buri mugore warageze.
Yemwe bantu, mugenzure neza! Ntimugafate amahirwe atuzuye kuri byo. Imana ifite gahunda; Ijambo Ryayo Yarifashe ku makasete. Umwigisha yaje kandi araguhamagara. Ngwino mu nzira Imana yateguye.
Umwigisha agiye kongera indi nshuro kunga Umugeni We hirya no hino ku isi hamwe n’Ijwi Rye. Agiye kudutera umwete, aduhamiriza, adukiza uburwayi, akatwinjiza mu Bwiza Bwe bukomeye maze akatubwira ngo:
Mbega gucunshumurwa k’Umwuka We Wera Umugeni azaba arimo guhabwa kuri iki Cyumweru mu gihe Imana iteraniriza hamwe abana Bayo indi nshuro kandi ikinjira mu ngo zacu, mu nsengero zacu, aho duteraniye, kandi akaduhamagara kandi akavuga ngo , “Umwigisha yaje kandi arimo araguhamagara. Icyo ukeneye cyose, ni icyawe.”
Reka ayo magambo acengere mu ndiba z’imitima yanyu, bene Data na bashiki bacu. ICYO MWABA MUKENEYE CYOSE, UMWIGISHA YAJE KANDI ARAKIBAHA.
Data wo mw’ijuru, O Mwami, twemerere ibyo byongere bibe. Ibyo bintu byose navuze : « Yesu yaraje maze araguhamagara. » Mbese iyo Aje akora iki ? Arahamagara. Twemerere ibyo byongere bibe Mwami. Reka Umwuka Wera aze mu bantu kuri uyu mugoroba Mwami Yesu mw’ishusho y’Umwuka. Reka Aze Yihishure kandi Yigaragaze.
Mwene Data Joseph Branham
Ubutumwa: 64-0213 Nuko Yesu Araza maze Arahamagara Igihe: Saa Sita z’amanywa ku isaha y’I Jeffersonville
Ibyanditswe:
Yohana 11:18-28 I Betaniya hari bugufi bw’i Yerusalemu, nka sitadiyo cumi n’eshanu. Nuko Abayuda benshi bari baje kwa Marita na Mariya kubahumuriza, kuko musaza wabo yari yapfuye. Marita yumvise ko Yesu aje ajya kumusanganira, ariko Mariya asigara yicaye mu nzu. Marita abwira Yesu ati “Databuja, iyaba wari hano musaza wanjye ntaba yarapfuye. Kandi n’ubu nzi yuko ibyo usabye Imana byose, Imana izabiguha.” Yesu aramubwira ati”Musaza wawe azazuka.” Marita aramubwira ati “Nzi yuko azazuka mu muzuko wo ku munsi w’imperuka.” Yesu aramubwira ati “Ni jye kuzuka n’ubugingo, unyizera naho yaba yarapfuye azabaho, kandi umuntu wese ukiriho unyizera ntazapfa iteka ryose. Mbese wizeye ibyo?” Aramusubiza ati “Yee, Databuja, nizeye yuko uri Kristo Umwana w’Imana ukwiriye kuza mu isi.” Amaze kuvuga ibyo aragenda, ahamagara mwene se Mariya rwihishwa aramubwira ati “Umwigisha yaje araguhamagara.”