Yohana yanditse ibyo yarebaga, ariko ntabwo yari azi icyo bisobanuye. Yesu nawe igihe yari hano ku isi ntabwo yari abizi. Nta n’umwe aho hose mu bisekuru wigeze abimenya, kugeza uyu munsi, iki gihe, ubu bwoko, TWEBWE, Umugeni Wayo.
Mbega uburyo Yaduhishuriye ko ariya matabaza arindwi yarimo avoma ubuzima n’umucyo biturutse mu bigize urwo rwabya rukuru. Yatubwiye uburyo yose yari afite intambi zayo zijanditswemo aho. Buri ntumwa y’igisekuru yabaga igurumanishwa n’Umwuka Wera hamwe n’urwo rutambi rwibijwe muri Kristo, rukurura ubwo buzima nyirizina bwa Kristo maze Bakamurikira itorero uwo Mucyo. Kandi noneho, intumwa yacu y’igihe cyanyuma, ikomeye kurusha izindi ntumwa zose, afite ubwo buzima bumwe n’uwo Mucyo umwe ugaragazwa n’ubuzima bwari buhishwanywe na Kristo mu Mana.
Hanyuma marayika wacu ukomeye atubwira ko atari intumwa gusa zarimo aho, AHUBWO BURI WESE MURI TWE NAWE YARIMO, abizera nyakuri b’Imana. Buri wese muri twe yari ahagarariwe hariya mu buryo bukomeye. Buri wese muri twe avoma kuri iyo soko imwe n’intumwa. Twese twibijwe muri urwo rwabya rumwe. Twarapfuye kubwacu n’ubuzima BWACU buhishwe hamwe, ndetse muri, Kristo Yesu Umwami wacu.
Turi babandi bamwe Data yatoranije kandi akabaha GUHISHURIRWA K’Uwo Ariwe k’Ukuri; Mwe kandi Mwe Mwenyine TORERO Rye RY’UKURI. Mwebwe abo Yatoranirije gukora IMIRIMO IKOMEYE. Kubera ko kubw’Umwuka We, dushobora kurondora kandi tukarwanya umwuka w’antikristo wa Satani. NTA MBARAGA AFITE imbere YACU, kubera ko turi Ingabo Z’Imana Zidatsindwa
Satani yanga guhishurirwa kose, ARIKO TWE TURAGUKUNDA; kubera ko turi abakunzi b’Ijambo ry’Imana rihishuwe. Hamwe no Guhishurirwa k’ukuri mu buzima bwacu, amarembo y’ikuzimu ntashobora kutunesha; tunesha umwanzi. Buri dayimoni yose iri munsi y’ibirenge byacu. Turi Umwe na We kandi dushobora kuvuga Ijambo, kubera ko turi Ijambo Rye.
Umwami yabishyize ku mutima wanjye kubwacu ko twiga kandi tukumva Ibihe Birindwi by’Itorero. Bigiye kuba Ibyumweru by’Urwandiko Rudasanzwe kuri buri wese muri twe. Azaba arimo kuduhishurira Ijambo Rye kuruta uko byigeze mbere, kubw’imbaraga Zayo zikomeye.
Guhishurirwa kwa Yesu Kristo ni Igitabo cy’ubuhanuzi icyo gishobora kumvwa gusa n’igice cy’abantu b’urwego runaka abo bafite imirebere ya gihanuzi, TWE, Umugeni We. Bisaba Guhishurirwa k’UKURI kumenya ko urimo gusoma kandi ukumva Ijwi ry’Imana rivuye ku ntumwa Yayo marayika watoranijwe, uduha amabwiriza y’indengakamere.
Ni Uguhishurirwa kwa Yesu Kristo uko kwahawe Yohana kubw’Abakristo b’ibihe byose. Nicyo gitabo cyonyine muri Bibiliya yose cyanditswe na Yesu Ubwe, binyuze mu kwiyereka Ubwe umwanditsi
Ibyahishuwe 1:1-2 Ibyahishuwe na Yesu Kristo, iby’Imana yamuhereye kugira ngo yereke imbata ze ibikwiriye kuzabaho vuba, agatuma marayika we, na we akabimenyesha imbata ye Yohana, Uhamya ibyo yabonye byose, ari Ijambo ry’Imana no guhamya kwa Yesu Kristo.
“Ninjye Muryango w’intama. Ndi Inzira, Inzira yonyine, Ukuri, n’Ubugingo, kandi nta muntu wagera kuri Data keretse anyuze kuri Njye. Ndi Umuryango w’ibintu byose, kandi kwizera ni urufunguzo rufungura Umuryango kugira ngo mubashe kwinjiramo.”
Hariho ikiganza kimwe gusa gishobora gufata uru rufunguzo, kandi icyo ni ikiganza cyo KWIZERA. KWIZERA nirwo rufunguzo rwonyine rufungura amasezerano yose y’Imana. KWIZERA mu murimo We warangiye bifungura buri rugi kuri buri butunzi buri imbere mu Bwami bw’Imana. KWIZERA ni urufunguzo mberabyombi rukomeye rw’Imana arirwo rufungurira UMUGENI WAYO BURI RUGI kandi dufite urwo Rufunguzo mu KUBOKO KO KWIZERA
Urwo rufunguzo rwo kwizera ruri mu mitima yacu, kandi turavuga ngo, “Ni Ijambo ry”Imana; ni amasezerano y’Imana kuri twe, kandi dutunze urufunguzo”. Kandi noneho, hamwe na buri gace gato kose ko kwizera dufite, nta gushidikanya kugace na kamwe, dufungura buri rugi ruhagaze imbere yacu n’imigisha Imana ifite kubwacu. Kuzimya ubukana bw’umuriro. Guhambura gukira ku barwayi. Gufungura agakiza kacu. Twageze ku Rugi kandi icyo dukoze cyose mu magambo no mu bikorwa, tubikora byose mu Izina Rye, tuziko dufite urufunguzo rwo kwizera; kandi ni urufunguzo rukozwe mu Byanditswe
Data yafashe inyenyeri Ze zirindwi, intumwa Ze zirindwi, ku bisekuru birindwi mu kiganza Cye. Arazifite mu kiganza Cye, kubera ko bifitanye isano n’imbaraga Ze. Icyo nicyo ikiganza gisobanuye. Bisobanuye imbaraga z’Imana! N’ubutware bw’Imana.
Dufashe Ijambo Ryayo mu kiganza cyacu cyo Kwizera, bisobanuye imbaraga n’ubutware bw’Imana biri mu BIGANZA BYACU kandi Yaduhaye URUFUNGUZO kugira ngo dufungure buri rugi kubwa buri kintu dukeneye cyose. Ni Urufunguzo rufungura byose arirwo ruzafungura BURI RUGI.
Noneho nzi impamvu Imana yaduhaye intoki 5 kuri buri kiganza; ntabwo ari 4, ntabwo ari 6, ahubwo 5, bityo kugira ngo buri gihe uko turebye ku biganza byacu twibuke, ko dufite KWIZERA ko gufungura buri rugi.
Ni ikimenyetso cy’iteka ku kiremwa muntu tudashobora kwibagirwa; igihe cyose ujye wibuka kandi ugire umwete, ko dufite KWIZERA mu biganza byacu. Kandi Izakuza kwizera kwacu kungana n’akabuto ka sinapi nuko Iduhe KWIZERA GUKOMEYE MU IJAMBO RITIGERA RINANIRWA, RIHORAHO ITEKA RIDASHOBORA KUNANIRWA!!!
Nifuzaga ko twagira amateraniro y’ubusabane(ifunguro) no kozanya ibirenge kuri iki Cyumweru, tariki 29 nzeri niba Umwami abishaka. Nkuko twabikoze mugihe cyahise, ndabashishikariza gutangira saa kumi n’imwe ku isaha y’aho muri. Nubwo Mwene Data Branham yavuze ko intumwa zagiraga Ifunguro buri gihe cyose bateranye, yahisemo kujya arigira nimugoroba, kandi yaryitaga ko ari Ifunguro ry’Umwami rya Nimugoroba
Ubutumwa n’amateraniro y’Ubusabane biratambuka kuri Radiyo Ijwi (Voice Radio), kandi haraza kuba hariho n’umurongo ushobora gukururiraho idosiye kuri abo badashobora kugera ku mirongo ya Radiyo Ijwi kuri iki Cyumweru mu gitondo.
Kuri bene Data bari mu bice bya Jeffersonville, turaza kuba dufite aho muza gukura vino y’igaburo. Itangazo riraza gutambuka mu gihe gito rigaragaza ahantu, umunsi n’igihe.
Mu kuri kose ndifuza ko twubahiriza iri tegeko ry’Umwami yadusigiye. Mbega amahirwe kuri twe gutegura ingo zacu kandi tugafungurira imitima yacu Umwami w’Abami kugira ngo Aze asangire natwe ku Meza Ye.
Turi ibigize Data wo mu Ijuru nyakuri; kubera ko twari muri We ku itangiriro. Ubu ntubyibuka, ariko twari hariya hamwe na Yo, kandi Yaratumenye. Yaradukunze cyane kuburyo yaduhinduye imibiri, kugira ngo Ishobore gushyikirana na twe, ivugane natwe, idukunde, ndetse idukore mu biganza.
Niyo saha ikomeye cyane y’uburiganya n’ubuhemu yaba yarigeze kubaho. Satani yashyizeho buri mutego wose w’ubucakura yashobora; kubera ko niwe muriganya ukomeye. Umukristo aragomba kuba ari maso cyane uyu munsi kuruta uko byaba byarigeze biba mu kindi gisekuru.
Ariko mu bundi buryo, ni cyo gisekuru cy’igiciro gikomeye mu bisekuru byose. Kubera ko turi kwitegura ingoma y’Imyaka igihumbi ikomeye. Ingombyi yacu ya Edeni iri hafi kuza, aho tuzagira urukundo rutunganye no gusobanukirwa urukundo rw’Imana mu buryo butunganye. Tuzaba turi bazima kandi dutekanye hamwe na We muri Edeni yacu dukomeza tujya mu Iteka.
Yesu yatubwiye muri Matayo 24 ko tugomba kuba maso muri iyi minsi. Aratuburira ko izaba ari iminsi ishukana cyane yaba yarigeze ibaho, “bizaba byegeranye cyane kuburyo byashuka n’Intore z’Imana iyo biba bishoboka”; kubera ko uburiganya bwa satani buzatera abantu kwizera ko ari Abakristo, mu gihe ataribo.
Ariko iki gisekuru nacyo kizakira Umugeni Jambo Wayo utunganye udashaka, kandi udashobora, gushukwa; kubera ko bazagumana n’Ijambo Ryayo ry’Umwimerere.
Nka Yosuwa na Karebu, Igihugu cyacu cy’isezerano kirimo kwegera hafi aho kigaragara ndetse nkuko icyabo byagenze. Umuhanuzi wacu yavuze ko Yosuwa bisobanuye, “Yehova-Umukiza”. Yashushanyije umuyobozi w’igihe cyanyuma uwo uzaza ku itorero, ndetse nkuko Pawulo yaje nk’umuyobozi nyawe w’ukuri.
Karebu yashushanyaga abo bagumye mu kuri hamwe na Yosuwa. Kimwe n’abana ba Isiraheri, Imana yatangiranye nabo mu nzira nk’umwari ku Ijambo Ryayo; ariko bashakaga ikintu cyihariye. Umuhanuzi wacu yaravuze ngo, “Niko bimeze no ku torero ryo mu minsi ya nyuma.” Uko niko, Imana itigeze yemerera Isiraheri kwinjira mu gihugu cy’isezerano kugeza ubwo igihe Cyayo cyagenwe kigeze.
Abantu bashyize igitutu kuri Yosuwa, uwo Muyobozi wabo bahawe n’Imana, maze baravuga ngo, “Igihugu ni icyacu, reka twinjire maze tugifate. Yosuwa, ntugishoboye, ushobora kuba waratakaje umurimo wawe. Ntabwo ufite imbaraga nk’izo wari ufite. Wajyaga wumva Imana kandi ukamenya ubushake Bw’Imana, kandi ugakora vuba. Hari ikintu kitari kugenda muri wowe. “
Nkuko Imana yakoranye na Yosuwa, Yashyize UBUYOBOZI BWOSE mu biganza by’umuhanuzi marayika Wayo, William Marrion Branham; kubera ko Yamenye ko Yashoboraga kumwizera, ariko ntabwo ari abandi. Hagomba Ijwi Rimwe, Umuyobozi Umwe, Ijambo ryanyu Rimwe, hanyuma, n’UBU.
Nkunda uburyo umuhanuzi yatubwiye ko hazabaho ibihumbi n’ibihumbi by’abazumva amakasete. Yavuze ko amakasete ARI MINISTERI. Hazabaho bamwe muri twe bazacengera mu ngo no mu nsengero hamwe na kasete(ministeri ye) kugira ngo bafate izo Mbuto z’Imana zagenwe mbere.
Igihe tugarutse maze tukavuga ngo, Mwami, twumviye amategeko yawe, kandi hari abantu twabonye igihe twacuranze amakasete babyizeye. None twabibabwirije, hirya no hino ku isi, ese Izabyubaha?
Izavuga ngo, “Ibyo nibyo nabatumye gukora.”
Imana izabyubaha. Inzu yawe ntabwo izigera ihungabana. Igihe Imana izatanga ikimenyetso cyo gusenya ibintu byose, ab’umuryango wawe bose, ibyo utunze byose, bizarindwa mu nzu yawe. Washobora guhagarara aho. Si ngombwa ko ureba mu idirishya, Kandaho gusa Bivuge mu gihe urugamba rukomeje.
Amagambo yawe amaze kuboneka ndayarya, maze ambera umunezero n’ibyishimo byo mu mutima wanjye, kuko nitiriwe izina ryawe Uwiteka Mana Nyiringabo.
Ndabatumira kugira ngo mwifatanye natwe mu gihe turya ministeri y’Imana y’igihe cyanyuma ikomeye kandi nzima, kuri iki Cyumweru saa sita y’amanywa, ku isaha y’I Jeffersonville, mu gihe twumva byose ku bijyanye na : Edeni ya Satani 65-0829.
ubashe kubaho kugeza igihe Umwami azazira, niba bishoboka. Tubashe gukora uko dushoboye kose, mu rukundo, no gusobanukirwa, dusobanukirwa ko Imana ishaka hose mu isi, none, ngo Ibone intama zazimiye zose. Tubashe kubonera abo bantu amagambo arungishijwe amasengesho, urukundo n’Ijambo ry’Imana, kugira ngo tubashe kubona iyo ntama ya nyuma, kugira ngo tubashe gutaha i Muhira, no gusiga iyi Edeni ishaje ya Satani hano hasi, Mwami.
Mwane Data Joseph Branham
Ibyanditswe byo gusoma mbere yo kumva Ubutumwa:
2 Timoteyo 3: 1-9
1 Umenye yuko mu minsi y’imperuka hazaza ibihe birushya,
3 Ntihakagire umuntu uboshya uburyo bwose, kuko uwo munsi utazaza kurya kwimūra Imana kutabanje kubaho, kandi urya munyabugome atarahishurwa ari we mwana wo kurimbuka.
4 Ni umubisha wishyira hejuru y’icyitwa imana cyose cyangwa igisengwa, kugira ngo yicare mu rusengero rw’Imana, yiyerekane ko ari Imana.
Yesaya 14: 12-14
12 Wa nyenyeri yo mu ruturuturu we, mwana w’umuseke ko uvuye mu ijuru, ukagwa! Uwaneshaga amahanga ko baguciye bakakugeza ku butaka!
13 Waribwiraga uti Nzazamuka njye mu ijuru nkuze intebe yanjye y’ubwami isumbe inyenyeri z’Imana’, kandi uti Nzicara ku musozi w’iteraniro mu ruhande rw’impera y’ikasikazi,
Mbega uburyo amaso yacu ahiriwe; kubera ko areba. Mbega uburyo amatwi yacu ahawe umugisha; kubera ko yumva. Abahanuze n’abakiranutsi bombi bifuzaga kureba kandi bakumva ibyo twe turi kureba no kumva, ariko ntabwo babibonye. TWABONYE KANDI TWUMVA IJWI RY’IMANA.
Imana Ubwayo yahisemo kwandika Bibiliya Yayo binyuze mu bahanuzi. Imana Ubwayo yanahisemo guhishurira amabanga Yayo yose muri iki igihe cya nyuma Umugeni Wayo binyuze mu muhanuzi. Ni Ibiyigize, Ijambo Ryayo rigaragajwe, ibyo bibigira byose igice Cyayo.
Igihe imyaka yacu yagezea, Yari ifite umuhanuzi Wayo wagomba kuza muri icyo gihe. Yaramuhumekeye kandi ivugira muri we. Yari inzira Yayo yateguye kandi igenwa mbere yo kubikora. Nkuko Bibiliya, Ari Ijambo ry’Imana, kandi akaba atari ijambo ry’umuntu.
Tugomba kugira Ikidakuka, Igisumba byose; Ijambo ryanyuma. Abantu bamwe bavuga ko Bibiliya ariyo Kidakuka Cyabo, ko atari ikivugwa ku makasete; nkaho bashaka kuvuga ko ari ibintu bitandukanye. Ni ibintu bitangaje uburyo Imana yahishe benshi Guhishurirwa k’ukuri kw’Ijambo Ryayo, ariko Ikarihishura kandi ikarigaragariza Umugeni Wayo. Abandi bo ntibashobora kubyihanganira, barahumwe kandi ntabwo bafite Guhishurirwa kuzuye kw’Ijambo ry’Imana rihishuwe
Imana yavuze mu Ijambo Ryayo (Bibiliya) binyuze mu muhanuzi Wayo nuko iratubwira ngo “Imana, mu bihe byinshi bitandukanye n’uburyo bwinshi yavuganye na ba data mu bihe bya kera inyuze mu bahanuzi”. Kubw’ibyo, abahanuzi b’Imana banditse Bibiliya. Ntabwo bari bo, ahubwo Imana yavugiraga muri bo.
Yavuze ko mu minsi yacu Izatwoherereza Umwuka Wayo w’ukuri kugira ngo atuyobore mu kuri kose. Ntabwo azavuga ibye; ahubwo ibyo azumva nibyo azavuga: kandi azatwereka ibintu bigomba kuza.
Ubutumwa ku makasete ni ukuri kw’Imana guhishuwe. Ntabwo gukeneye ubusobanuro ubwo aribwo bwose. Ni Imana isobanuro Ijambo Ryayo Ubwayo nkuko Irivuga ku makasete.
Nta gukomeza kuri mu byo abandi bavuze, uretse gusa icyo Imana ivuga. Icyo yavuze ku makasete ni ryo Jwi ryonyine RITAZIGERA RIHINDUKA. Abantu barahinduka, ibitekerezo bigahinduka, ubusobanuro bugahinduka; Ijambo ry’Imana ntiryigera rihinduka. Ni Ikidakuka cy’Umugeni.
Umuhanuzi aduha urugero rw’umusifuzi uburyo ari ikidakuka mu mukino w’umupira. Ijambo rye ni ijambo ryanyuma. Ntabwo ushobora kugira icyo ubikoraho. Icyo avuze, ni icyo, nta kindi. Noneho umusifuzi afite igitabo cy’amategeko agomba gukurikiza. Kimubwira aho igice cy’ikibuga kigenewe umupira cyangwa aho guterera, igihe urimo neza cyangwa uri hanze; uko amategeko ari agenga umupira w’amaguru.
Asoma kandi akiga icyo gitabo bityo igihe avuze, kandi arimo ayobora, icyo gihe akaba ari itegeko, iryo akaba ari ijambo ryanyuma. Ugomba kwitondera icyo avuze, nta kwibaza, nta mpaka, icyo yavuga cyose, ubwo nibwo buryo bigomba kuba kandi ntibishobora guhinduka. Icyubahiro kibe Icyayo.
Mwene Data Branham ntabwo yigeze avuga ko tudakwiriye kubwiriza, cyangwa ngo twigishe; ibiramambu, yavuze ko mugomba kubwiriza, kandi mukumva abapasiteri banyu, ariko Ijwi ry’Imana ku makasete rikaba ariryo Kidakuka cyanyu.
Hagomba kubaho urwishingikirizo. Mu yandi magambo, Ikirenze ibindi. Buri wese agomba kugira icyo kidakuka. Ni ijambo rya nyuma. Imana yatanze ahantu hamwe honyine kugira ngo ugere kuri ibyo, Ijwi ry’Imana ku makasete. Ni ubusobanuro bwa kimana bw’Ijambo ry’Imana. niryo JAMBO RYA NYUMA, AMENA, UKU NIKO UWITEKA AVUZE.
Yesu Ubwe yaravuze ngo mwita “imana,” abavuga Ijambo Ryayo; kandi bari imana. Yavuze ko igihe abahanuzi bari basizwe n’Umwuka w’Imana, bazanye mu buryo buboneye Ijambo ry’Imana. Ryari Ijambo ry’Imana ryarimo rivugira muri bo.
Amagambo yavuze, uburyo yakoraga, bihumisha bamwe, ariko bigahumura amaso yacu. Yanamwambitse ubwo bw’imyambaro mu buryo yambagaragamo. Imiterere ye, imigambi ye, buri kintu mu buryo yari akwiriye kuba. Yari yatoranijwe kubwacu mu buryo butunganye, Umugeni w’Imana.
Niyo mpamvu, igihe TUGIYE HAMWE, Niryo Jwi dushaka gushyira kumwa WAMBERE mukumva. Twizeye ko turi kumva Ijambo ritunganye ryavuzwe rivuye ku ntumwa yatoranijwe kandi igashyirwaho n’Imana.
Turabizi ko abandi ntibashobora kubibona cyangwa ngo babisobanukirwe, ariko yauze ko yarimo avugana n’itorero rye gusa: Ntabwo yari afite mu nshingano ibyo Imana izaha abandi bashumba; yari afite mu nshingano gusa ubwo bw’Ibyo Kurya atugaburira.
Niyo mpamvu tuvuga ko turi Ingando ya Branham, kuko yavuze ko Ubutumwa bwari ubw’abantu be bo mu ngando, uwo mukumbi muto washakaga kwakira kandi ukumva amakasete. Yarimo avuga kuri abo Imana yamuhaye kugira ngo ayobore.
Yaravuze ngo “Niba abantu bashaka gutubura ibyo kurya n’ibyo bintu byo hanze aho, mwakire guhishurirwa kuvuye ku Mana kandi mukore icyo Imana ibabwira gukora. Nzakora icyo kintu kimwe. Ariko ubu Butumwa, buri ku makasete, ni ubw’iri torero gusa.”
Mbega mu byukuri ukuntu yabigize iby’Umugeni We kugira ngo abone kandi yumve Ijwi ry’Imana kandi akurikire amabwiriza Yayo.
Niba wifuza gufatanya natwe mu kumva Ijwi, turaza kuryumva twe ku isaha imwe kuri iki Cyumweru I saa sita z’amanywa ku isaha y’ I Jeffersonville, twumva: 65-0822M-“Kristo Uhishuwe mu Ijambo Rye”.
10 Mose abwira Uwiteka ati “Mwami, na mbere sindi intyoza mu magambo, n’ubu nubwo uvuganye nanjye umugaragu wawe, kuko ntabasha kuvuga vuba, kandi ururimi rwanjye rugatinda.”
11 Uwiteka aramubwira ati “Ni nde waremye akanwa k’umuntu? Cyangwa ni nde utera uburagi, cyangwa ubupfamatwi, cyangwa uhumūra, cyangwa uhumisha? Si jye Uwiteka ubikora?
4 Ni ukuri intimba zacu ni zo yishyizeho, imibabaro yacu ni yo yikoreye, ariko twebweho twamutekereje nk’uwakubiswe n’Imana agacumitwa na yo, agahetamishwa n’imibabaro.
5 Nyamara ibicumuro byacu ni byo yacumitiwe, yashenjaguriwe gukiranirwa kwacu, igihano kiduhesha amahoro cyari kuri we, kandi imibyimba ye ni yo adukirisha.
Yeremiya 1: 4-9
4 Nuko ijambo ry’Uwiteka rinzaho riti
5 Nakumenye ntarakurema mu nda ya nyoko kandi nakwejeje utaravuka, ngushyiriraho kuba umuhanuzi uhanurira amahanga.
6 Nuko ndavuga nti “Nyamuneka Nyagasani Yehova, dore sinzi kuvuga ndi umwana!”
7 Ariko Uwiteka arambwira ati “Wivuga uti Ndi umwana’, kuko abo nzagutumaho bose uzabasanga kandi icyo nzagutegeka cyose ni cyo uzavuga.
8 Ntukabatinye kuko ndi kumwe nawe kugira ngo nkurokore.” Ni ko Uwiteka avuga.
9 Uwiteka aherako arambura ukuboko kwe ankora ku munwa, maze Uwiteka arambwira ati “Nshyize amagambo yanjye mu kanwa kawe.
Malaki 4: 5
5 Dore nzaboherereza umuhanuzi Eliya, umunsi w’Uwiteka ukomeye kandi uteye ubwoba utaragera. 6 Uwo ni we uzasanganya imitima ya ba se ku bana n’imitima y’abana ku ya ba se, kugira ngo ntazaza kurimbuza isi umuvumo.
Luka 17:30
30 Ni na ko bizamera umunsi Umwana w’umuntu azabonekeraho.
YOHANA 1: 1
1 Mbere na mbere hariho Jambo; Jambo uwo yahoranye n’Imana kandi Jambo yari Imana.
1 Kera Imana yavuganiye na ba sogokuruza mu kanwa k’abahanuzi mu bihe byinshi no mu buryo bwinshi,
2 naho muri iyi minsi y’imperuka yavuganiye natwe mu kanwa k’Umwana wayo, uwo yashyiriyeho kuba umuragwa wa byose ari we yaremesheje isi.
3 Uwo kuko ari ukurabagirana k’ubwiza bwayo n’ishusho ya kamere yayo, kandi akaba ari we uramiza byose ijambo ry’imbaraga ze, amaze kweza no gukuraho ibyaha byacu yicara iburyo bw’Ikomeye cyane yo mu ijuru.
8 Yesu Kristo uko yari ari ejo, n’uyu munsi ni ko ari kandi ni ko azahora iteka ryose.
2 Petero 1: 20-21
20 wamenywe n’Imana kera isi itararemwa, ariko akerekanwa ku mperuka y’ibihe ku bwanyu,
21 abo yahaye kwizera Imana yamuzuye ikamuha icyubahiro, kugira ngo kwizera kwanyu n’ibyiringiro byanyu bibe ku Mana.
Ibyahishuwe 1: 1-3
1 Ibyahishuwe na Yesu Kristo, ibyo Imana yamuhereye kugira ngo yereke imbata ze ibikwiriye kuzabaho vuba, agatuma marayika we na we akabimenyesha imbata ye Yohana
2 uhamya ibyo yabonye byose, ari ijambo ry’Imana no guhamya kwa Yesu Kristo.
1 Mbona marayika wundi ukomeye amanuka ava mu ijuru yambaye igicu, umukororombya uri ku mutwe we, mu maso he hasa n’izuba, ibirenge bye bisa n’inkingi z’umuriro.
2 Mu intoki ze yari afite agatabo kabumbutse. Nuko ashyira ikirenge cye cy’iburyo ku nyanja, n’icy’ibumoso agishyira ku butaka.
7 ahubwo mu minsi y’ijwi rya marayika wa karindwi ubwo azatangira kuvuza impanda, ni ho ubwiru bw’Imana buzaba busohoye nk’uko yabwiye imbata zayo ari zo bahanuzi.”
Ibyahishuwe 22: 18-19
18 Uwumva wese amagambo y’ubuhanuzi bw’iki gitabo ndamuhamiriza nti “Nihagira umuntu uzongera kuri yo, Imana izamwongeraho ibyago byanditswe muri iki gitabo.
19 Kandi nihagira umuntu ukura ku magambo y’igitabo cy’ubu buhanuzi, Imana izamukura ku mugabane wa cya giti cy’ubugingo no ku wa rwa rurembo rwera, byanditswe muri iki gitabo.”
Mwizirike kuri Kirisito. Mundeke nk’umukozi w’Ubutumwa bwiza, mbahe iyi mburo. Ntimukamire ibyo ari byo byose. Ntimugire icyo mwibaza. Ntimutirimuke aho, kugeza ubwo aho imbere h’imbere haba hashikamye mu Ijambo, kugeza ubwo muba muri Kirisito, kubera ko nicyo kintu rukumbi kiza … Kubera ko turi mu gisekuru gishukana cyane cyo tutigeze na rimwe tugira. “Cyayobya ndetse Intore, bibaye bishoboka,” kubw’ibyo, bafite ugusigwa, babasha gukora byose nk’abandi.
Data, waratuburiye ko turi kuba mu gisekuru gishukana cyane kurusha ibindi bihe byose. Imyuka ibiri mu isi izaba yegeranye cyane, izashuka n’intore, iyo biba bishoboka. Ariko icyubahiro kibe icy’Uwiteka, ntabwo byashoboka ko idushuka, Umugeni Wawe; tuzagumana n’Ijambo Ryawe.
Turi Ibiremwa Byawe bishya, kandi ntishushobora gushukwa. Tuzagumana n’Ijwi Ryawe. Tuzikiriza kandi twizirike kuri buri Jambo, tutitaye kucyo uwo ari we wese yavuga. Nta yindi nzira ihari uretse Inzira Yawe wateguye; Uku Niko Uwiteka Avuga ku makaseti.
Igihe umuhanuzi Wawe yari hano ku isi, yamenye uburyo ari ingenzi cyane ku Mugeni kumva buri Jambo ryaavuzwe, bityo yahurizaga hamwe Umugeni Wawe binyuze ku mirongo ya telephone. Yaduhurizaga hamwe ku Ijambo Jwi Ryawe Ryavuzwe rihamirijwe.
Yamenye ko nta gusigwa kunini kwaruta Ijwi Ryawe.
Hanze kure binyuze mu miraba ya telefone, reka Umwuka Wera ukomeye ujye muri buri teraniro. Reka uyu Mucyo Wera uwo turi kubona hano muri iri torero, reka ujye kuri buri wese na buri umwe,
Buri kintu cyose Umugeni Wawe akeneye kubwo Kuza Kwawe cyaravuzwe, kirahunikwa kandi gihishurirwa Umugeni Wawe binyuze muri malayika Wawe; iryo ni Ijambo Ryawe. Waratubwiye ngo niba hari ikibazo twaba dufite, mugaruke kuri izi kasete. Waratubwiye ngo William Marrion Branham yari Ijwi Ryawe kuri twe. Ni gute haba hari ikibazo mu bitekerezo by’Umugeni wawe mbega ukuntu ari ingenzi gufata Ijwi Ryawe nk’Ijwi ry’ingenzi cyane kurusha andi Yashobora kumva? Nta gihari Mwami, ku Mugeni Wawe.
Nuko rero kuko uri akazuyazi, udakonje ntubire, ngiye kukuruka.
Kuko uvuga uti “Ndi umukire, ndatunze kandi ndatunganiwe nta cyo nkennye”, utazi yuko uri umutindi wo kubabarirwa, kandi uri umukene n’impumyi ndetse wambaye ubusa.
Dore ndakugira inama: ungureho izahabu yatunganirijwe mu ruganda ubone uko uba umutunzi, kandi ungureho n’imyenda yera kugira ngo wambare isoni z’ubwambure bwawe zitagaragara, kandi ungureho umuti wo gusīga ku maso yawe kugira ngo uhumuke.
mushima Data wa twese waduhaye kuraganwa n’abera umurage wo mu mucyo.
Ni we wadukijije ubutware bw’umwijima, akadukuramo akatujyana mu bwami bw’Umwana we akunda.
Ni we waducunguje amaraso ye ngo tubone kubabarirwa ibyaha byacu.
Ni na we shusho y’Imana itaboneka, ni we mfura mu byaremwe byose,
kuko muri we ari mo byose byaremewe, ari ibyo mu ijuru cyangwa ibyo mu isi, ibiboneka n’ibitaboneka, intebe z’ubwami n’ubwami bwose, n’ubutware bwose n’ubushobozi bwose. Ni we wabiremye byose kandi rero ni na we byaremewe.
Yabanjirije byose kandi byose bibeshwaho na we.
Ni we Mutwe w’umubiri, ni we Torero kandi ni we Tangiriro, ni imfura yo kuzuka mu bapfuye kugira ngo abe uwa mbere uhebuje byose,
kuko Imana yashimye ko kuzura kwayo kose kuba muri we.
Aho umubiri uri, ibizu niho biteranira. Ni igihe cy’umugoroba, kandi ubuhanuzi burimo burasohora imbere y’amaso yacu. Imitima irimo iragurumana muri twe mu gihe tumutumira mu matorero yacu, ingo zacu, no mu tuzu tw’utururi twubatse mu byondo hanze aho mu bihuru. Agiye kuvugana natwe kandi aduhishurire Ijambo Rye. Turashonje kandi tunyotewe n’Imana kurushaho.
Yatoranije inzira y’uburyo Ijambo Rye rigomba kutugeraho; binyuze mu muhanuzi Wayo, uwo Yagennye kandi Ikamenya mbere. Yatoranije William Marrion Branham kugira ngo abe umuntu w’iyi saha kugira ngo afate ubwoko Bwe bwatoranijwe bwo kuri iyi saha, TWEBWE, Umugeni We.
Ntawundi muntu uhari washobora gufata uyu mwanya. Dukunda uburyo yigaragaza; za hain’t, tote, carry, fetch, ni Imana irimo ivugana n’amatwi yacu. Imana, ivuga binyuze mu minwa y’umuntu, Irimo ikora neza neza ibyo Yavuze ko Izakora. Ibyo bikemuye ikibazo!
Imana yazamuye ibiganza n’amaso bye mu mayerekwa. Ntacyo yashoboraga kuvuga keretse gusa ibyo yarebaga. Imana yagengaga kuburyo bwuzuye ururimi rwe, intoki, habe na buri rugingo rw’umubiri we rwabaga rwuzuye Imana. Yari umunwa w’Imana wuzuye.
Imana yamenye mbere muri iki gisekuru ko itorero rizivanga. Kubw’ibyo, Yari ifite umuhanuzi Wayo witeguye kubw’iki gisekuru; kugira ngo ahamagarire gusohoka Umugeni ntore Wayo no kumuyobora akoresheje Ijambo Ryayo rihamirijwe.
Muri gahunda Ye ikomeye, Yamenye ko Azacyura umuhanuzi We mu Rugo mbere yo Kuza Kwe, Nibwo buryo Yafashe amajwi Ijwi Rye maze irarihunika, kugira ngo Umugeni ntore We abashe kugira igihe cyose Uku Niko Uwiteka Avuze iruhande rw’intoki ze. Noneho ntabwo bazigera bagira ikibazo. Nta busobanuro bukenewe, ni Ijambo ritunganye ritanduye bashobora kumva igihe cyose.
Yamenye ko hazabaho amajwi menshi n’urujijo rwinshi mu minsi yanyuma.
Mu byumweru bitatu bishize yavuganye natwe kandi atubwira iby’iyi saha turi kubamo. Yatubwiye ibijyanye n’abahanuzi b’ibinyoma bazaduka maze bakayobya intore, niba bishoboka.
Mbega uburyo imana y’iki gihe yahumye imitima y’abo bantu. Mbega uburyo Imana Ubwayo yavuze binyuze mu buhanuzi Bwayo ko ibi bintu byajyaga kubaho muri iki gisekuru cya Lawodokiya. Yatubwiye ko nta kintu gisigaye kitaraba.
Yiyerekanye imbere yacu binyuze mu bintu byahanuwe kuri We ko yagombaga gukora muri iyi minsi. Ibikorwa Bye ubwabyo byaduhamirije ko We ari uko yari ejo hahise, uyu munsi, ndetse n’iteka. Ni Ijwi ry’Imana, rivuga, kandi riba, Mu Mugeni Wayo.
Ese wizera ubu Butumwa ko ari Abaheburayo 13:8? Ese ni Ijambo rizima? Ese ni Umwana w’Umuntu wihishura Ubwe mu mubiri? Noneho ubuhanuzi buraza kubaho kuri iki Cyumweru niba wizeye kandi ukumvira.
Hari ikintu kiri bubeho hose ku isi kitigeze kubaho mbere mu mateka y’isi. Imana iraza kuvugira mu minwa y’umuntu, ivugana n’Umugeni Wayo hose ku isi bose ku isaha imwe. Iraza gutuma turambikanaho ibiganza umwe ku wundi maze dusengerane umwe ku wundi mugihe adusengera twese.
Icyo twaba dukeneye cyose, Imana irakiduha niba gusa twizeye… KANDI TURIZEYE. TURI UMUGENI WE WO KWIZERWA. Biraba. Inkingi y’Umuriro izaba aho tuzaba duteraniye hose kandi ihe buri wese muri twe icyo twaba dukeneye cyose, UKU NIKO UWITEKA AVUZE.
Reka uyu Mucyo Wera uwo turi kubona hano muri iri torero, reka ujye kuri buri wese na buri umwe, kandi reka bakire muri aka kanya. Ducyashye umwanzi, Satani; mu Kugaragara kwa Kristo tubwiye umwanzi, ko yatsinzwe binyuze mu mibabaro Ye kubw’abandi, mu rupfu rw’Umwami Yesu no kunesha ku muzuko ku munsi wa gatatu. Kandi byarahamirijwe, ko Ari hano hagati muri twe kuri uyu mugoroba, ari muzima nyuma y’imyaka igihumbi na maganacyenda. Reka Umwuka w’Imana ihoraho yuzure buri mutima hamwe no kwizera n’imbaraga, n’imbaraga zo gukira ziturutse ku muzuko wa Yesu Kristo, Ari We ugaragajwe ubu n’uyu Mucyo ukomeye uri kuzegunguruka muri iri torero mu Kugaragara Kwe. Mu Izina rya Yesu Kristo, ubiduhe kubw’icyubahiro cy’Imana.
Muri Umugeni We. Nta kintu cyabibambura, NTA NA KIMWE. Satani yaraneshejwe. Washobora kwiyumva nkaho ufite gusa akayiko Ke, icyo nicyo gusa ukeneye, NI IBY’UKURI. NI WE. URI UWE. IJAMBO RYE NTIRISHOBORA KUNESHWA.
Ese si kimwe n’Umwami? Azi uburyo bwo kudutera umwete. Aratubwira ngo, “Ntimukigere na rimwe mucika intege, ahubwo mugire umwete”. Abona imibabaro y’urukundo rwacu kuri We. Abona ibyo tugomba kunyuramo. Abona urugamba rwacu rwa buri munsi tugomba kwigahanganira. Nkuko Adukunda buri umwe na buri we muri twe.
Mu maso Ye turatunganye. Yari adutegereje guhera mu itangira ry’igihe. Nta na kimwe Azemera ko kitubaho keretse gusa ari kubw’ineza yacu. Arabizi ko tuzatsinda buri nzitizi yose Satani ashyira imbere yacu. Akunda kwereka satani ko turi Umugeni We. Ntabwo dushobora kunyeganyezwa. Ni twe Abo yari Ategereje kuva mu itangiririo. Nta kintu cyadutandukanya na We n’Ijambo Rye.
Nkunda gutumira buri wese kugira ngo aze yiyunge natwe. Turimo turakora umurimo uburyo Mwene Data Branham yawukoraga igihe yari hano ku isi. Nubwo atari hano mu mubiri, icy’ingenzi ni icyo Imana yabwiye Umugeni Wayo kuri aya makasete.
Yahamagariye isi kugira ibe bamwe mu BAKURIKIYE binyuze ku mirongo ya telephone, ariko gusa niba BABISHAKA. Yabateranyirizaga aho baba bari hose bagashobora kumva Ijwi ry’Imana rivugana nabo icyarimwe bose. Icyo nicyo umuhanuzi w’Imana yakoze aho, noneho ndimo ndagerageza gukora icyo yakoze nk’urugero rwanjye.
Kubw’ibyo, muratumiwe kugira ngo mwiyunge natwe ku murongo kuri iki Cyumweru I saa sita z’amanywa, ku isaha y’ I Jeffersonville, mu gihe twumva intumwa y’Imana ituzanira Ubutumwa; Imana y’iki Gisekuru Kibi 65-0801M.
Mwene Data Joseph Branham
Ibyanditswe byo gusoma mbere yo kumva Ubutumwa:
Matayo igice cya 24
1. Yesu asohoka mu rusengero. Akigenda, abigishwa be baramusanga bashaka kumwereka imyubakire y’urusengero.
2. Arababwira ati “Ntimureba ibi byose? Ndababwira ukuri yuko aha hatazasigara ibuye rigeretse ku rindi ritajugunywe hasi.”
3. Yicaye ku musozi wa Elayono, abigishwa baza aho ari biherereye baramubaza bati “Tubwire, ibyo bizaba ryari, n’ikimenyetso cyo kuza kwawe n’icy’imperuka y’isi ni ikihe?”
4. Yesu arabasubiza ati “Mwirinde hatagira umuntu ubayobya,
23. “Icyo gihe umuntu nababwira ati ‘Dore Kristo ari hano’, n’undi ati ‘Ari hano’, ntimuzabyemere.
24. Kuko abiyita Kristo n’abahanuzi b’ibinyoma bazaduka bakora ibimenyetso bikomeye n’ibitangaza, kugira ngo babone uko bayobya n’intore niba bishoboka.
25. Dore mbibabwiye bitaraba.
26. “Nuko nibababwira bati ‘Dore ari mu butayu’, ntimuzajyeyo, cyangwa bati ‘Dore ari mu kirambi’, ntimuzabyemere.
27. Kuko nk’uko umurabyo urabiriza iburasirazuba ukabonekera aho rirengera, ni ko no kuza k’Umwana w’umuntu kuzaba.
28. “Aho intumbi iri hose, ni ho inkongoro ziteranira.
29. “Ariko hanyuma y’umubabaro wo muri iyo minsi, uwo mwanya ‘Izuba rizijima, n’ukwezi ntikuzava umwezi wako, n’inyenyeri zizagwa ziva mu ijuru, n’imbaraga zo mu ijuru zizanyeganyega.’
30. Ubwo ni bwo ikimenyetso cy’Umwana w’umuntu kizabonekera mu ijuru, n’amoko yose yo mu isi ni bwo azaboroga abonye Umwana w’umuntu aje ku bicu byo mu ijuru, afite ubushobozi n’ubwiza bwinshi.
31. Azatumisha abamarayika be ijwi rirenga ry’impanda, bateranye intore ze mu birere bine, uhereye impera y’ijuru ukageza iyindi mpera yaryo.
32. “Murebere ku mutini ni wo cyitegererezo: ishami ryawo, iyo ritoshye ibibabi bikamera, mumenya yuko igihe cy’impeshyi kiri bugufi.
33. Nuko namwe nimubona ibyo byose, muzamenye yuko ari hafi, ndetse ageze ku rugi.
51. amucemo kabiri amuhanane n’indyarya. Ni ho bazaririra bakahahekenyera amenyo.
Matayo 27: 15-23
15. Muri iyo minsi mikuru, uko umwaka utashye umutegeka yagiraga akamenyero ko kubohorera abantu imbohe imwe, iyo bashakaga.
16. Icyo gihe bari bafite imbohe y’ikimenywabose, yitwaga Baraba.
17. Nuko bateranye Pilato arababaza ati “Uwo mushaka ko mbabohorera ni nde? Ni Baraba, cyangwa ni Yesu witwa Kristo?”
18. Kuko yamenye yuko ishyari ari ryo rimubatangishije.
19. Kandi ubwo yari yicaye ku ntebe y’imanza, umugore we amutumaho ati “Ntugire icyo utwara uwo mukiranutsi, kuko naraye ndose byinshi kuri we byambabaje.”
20. Bene Data, ntimube abana bato ku bwenge, ahubwo mube abana b’impinja ku bibi, ariko ku bwenge mube bakuru.
21. Byanditswe mu mategeko ngo “Nzavuganira n’ubu bwoko, Mu kanwa k’abavuga izindi ndimi, No mu kanwa k’abanyamahanga, Nyamara nubwo bimeze bityo ntibazanyumvira.” Ni ko Uwiteka avuga.
22. Ni cyo gituma indimi zitamenyekana zitagenewe kubera abizera ikimenyetso keretse abatizera, naho guhanura ko ntikwagenewe abatizera keretse abizera.
4. ari bo batizera, abo imana y’iki gihe yahumiye imitima, kugira ngo umucyo w’ubutumwa bw’ubwiza bwa Kristo, ari we shusho y’Imana utabatambikira.
5. Kuko tutabwiriza abantu ibyacu, ahubwo tubabwiriza ibya Kristo Yesu ko ari we Mwami, natwe tukaba abagaragu banyu ku bwa Yesu.
6. Imana yategetse umucyo kuva uturutse mu mwijima, ni yo yaviriye mu mitima yacu, kugira ngo imurikishe ubwenge bwo kumenya ubwiza bw’Imana buri mu maso ha Yesu Kristo.
Abagalatiya 1: 1-4
1. Pawulo (intumwa itari iy’abantu, kandi itatumwe n’umuntu, ahubwo yatumwe na Yesu Kristo n’Imana Data wa twese yamuzuye),
2. jye na bene Data turi kumwe bose, turabandikiye mwebwe abo mu matorero y’i Galatiya.
3. Ubuntu bube muri mwe n’amahoro, biva ku Mana Data wa twese no ku Mwami wacu Yesu Kristo,
4. witangiye ibyaha byacu ngo aturokore iki gihe kibi cya none, nk’uko Imana Data wa twese yabishatse.
2. ni na we Aburahamu yahaye kimwe mu icumi cya byose). Ubwa mbere izina rye risobanurwa ngo “Umwami wo gukiranuka”, kandi irya kabiri yitwa “Umwami w’i Salemu”, risobanurwa ngo “Umwami w’amahoro.”
3. Ntagira se ntagira nyina, ntagira ba sekuruza kandi ntafite itangiriro ry’iminsi cyangwa iherezo ry’ubugingo, ahubwo ubwo ashushanywa n’Umwana w’Imana, ahora ari umutambyi iteka ryose.
4. Nuko mutekereze namwe uburyo uwo muntu yari akomeye, byatumye ndetse Aburahamu sogokuruza mukuru amuha kimwe mu icumi cy’iminyago y’inyamibwa.
5. Kandi abana ba Lewi ari bo bahabwa ubutambyi, bafite itegeko ryo gukoresha abantu kimwe mu icumi, ni bo bene wabo nubwo abo bakomotse ku rukiryi rwa Aburahamu.
6. Ariko dore wa wundi utakomotse mu muryango wabo yakoresheje Aburahamu kimwe mu icumi, kandi aha umugisha nyir’ibyasezeranijwe!
7. Nta wahakana ko uworoheje ahabwa umugisha n’ukomeye.
8. Kandi muri twe abantu bapfa ni bo bahabwa kimwe mu icumi, naho icyo gihe cyahawe uhamywa ko ahoraho.
9. Ndetse byabasha kuvugwa yuko Lewi uhabwa kimwe mu icumi, na we ubwe yagikoreshejwe ku bwa Aburahamu
10. kuko yari akiri mu rukiryi rwa sekuruza, ubwo Melikisedeki yamusanganiraga.
11. Nuko, niba gutunganywa rwose kuba kwarazanywe n’ubutambyi bw’Abalewi (kuko mu gihe cyabwo ari ho abantu baherewe amategeko), ni iki cyatumye bigikwiriye ko undi mutambyi aboneka wo mu buryo bwa Melikisedeki, utavugwaho ko ari mu buryo bwa Aroni?
12. Nuko rero ubwo ubutambyi bwahindutse ni cyo gituma n’amategeko na yo akwiriye guhinduka,
13. kuko uwavuzweho ibyo, ari uwo mu wundi muryango utigeze gukomokwaho n’uwakoze umurimo wo ku gicaniro.
14. Kandi biragaragara rwose yuko Umwami wacu yakomotse kuri Yuda, ari nta cyo Mose yavuze kuri uwo muryango cyerekeye ubutambyi.
15. Abami bo mu isi n’abatware bakomeye n’abatware b’ingabo, n’abatunzi n’ab’ububasha n’imbata zose n’ab’umudendezo bose bihisha mu mavumo no mu bitare byo ku misozi,
16. babwira imisozi n’ibitare bati “Nimutugweho, muduhishe amaso y’Iyicaye kuri iriya ntebe n’umujinya w’Umwana w’Intama,
17. kuko umunsi ukomeye w’umujinya wabo usohoye kandi ni nde ubasha guhagarara adatsinzwe?”
1. Hanyuma y’ibyo mbona abamarayika bane bahagaze ku mpfuruka enye z’isi bafashe imiyaga ine yo mu isi, kugira ngo hatagira umuyaga uhuha mu isi cyangwa mu nyanja cyangwa ku giti cyose.
2. Mbona na marayika wundi azamuka ava i burasirazuba, afite ikimenyetso cy’Imana ihoraho, arangurura ijwi rirenga, abwira ba bamarayika bane bahawe kubabaza isi n’inyanja ati
4. Numva umubare w’abashyizweho ikimenyetso ngo ni agahumbi n’inzovu enye n’ibihumbi bine. Ni bo bashyizweho ikimenyetso bo mu miryango yose y’Abisirayeli.
5. Abo mu muryango wa Yuda bashyizweho ikimenyetso ni inzovu n’ibihumbi bibiri. Abo mu muryango wa Rubeni ni inzovu n’ibihumbi bibiri. Abo mu muryango wa Gadi ni inzovu n’ibihumbi bibiri.
6. Abo mu muryango wa Asheri ni inzovu n’ibihumbi bibiri. Abo mu muryango wa Nafutali ni inzovu n’ibihumbi bibiri. Abo mu muryango wa Manase ni inzovu n’ibihumbi bibiri.
7. Abo mu muryango wa Simiyoni ni inzovu n’ibihumbi bibiri. Abo mu muryango wa Lewini inzovu n’ibihumbi bibiri. Abo mu muryango wa Isakari ni inzovu n’ibihumbi bibiri.
8. Abo mu muryango wa Zebuluni ni inzovu n’ibihumbi bibiri. Abo mu muryango wa Yosefu ni inzovu n’ibihumbi bibiri. Abo mu muryango wa Benyamini ni inzovu n’ibihumbi bibiri.
9. Hanyuma y’ibyo mbona abantu benshi umuntu atabasha kubara, bo mu mahanga yose n’imiryango yose n’amoko yose n’indimi zose, bahagaze imbere ya ya ntebe n’imbere y’Umwana w’Intama, bambaye ibishura byera kandi bafite amashami y’imikindo mu ntoki zabo,
10. bavuga ijwi rirenga bati “Agakiza ni ak’Imana yacu yicaye ku ntebe n’ak’Umwana w’Intama.”
11. Nuko abamarayika bose bari bahagaze bagose ya ntebe na ba bakuru na bya bizima bine, bikubita hasi bubamye imbere y’intebe, baramya Imana bati
12. “Amen, amahirwe n’icyubahiro n’ubwenge n’ishimwe, no guhimbazwa n’ubutware n’imbaraga bibe iby’Imana yacu iteka ryose, Amen.”
13. Umwe muri ba bakuru arambaza ati “Aba bambaye ibishura byera ni bande kandi bavuye he?”
14. Ndamusubiza nti “Mwami wanjye, ni wowe ubizi.” Arambwira ati “Aba ni abavuye muri urya mubabaro mwinshi, kandi bameshe ibishura byabo babyejesha amaraso y’Umwana w’Intama.
15. Ni cyo gituma baba imbere y’intebe y’Imana, bakayikorera mu rusengero rwayo ku manywa na nijoro, kandi Iyicaye ku ntebe izababambaho ihema ryayo.
3. Haza marayika wundi ahagarara ku gicaniro afite icyotero cyacuzwe mu izahabu, ahabwa imibavu myinshi ngo ayongere ku mashengesho y’abera bose, ayishyire ku gicaniro cy’izahabu kiri imbere ya ya ntebe.
4. Umwotsi w’umubavu uva mu kuboko kwa marayika, uzamukana imbere y’Imana n’amashengesho y’abera.
5. Nuko marayika ajyana icyo cyotero acyuzuza umuriro wo ku gicaniro akijugunya mu isi, hakurikiraho amajwi avuga n’inkuba zihinda, n’imirabyo n’igishyitsi.
6. Nuko ba bamarayika barindwi bari bafite impanda ndwi bitegura kuzivuza.
12. Marayika wa kane avuza impanda. Kimwe cya gatatu cy’izuba na kimwe cya gatatu cy’ukwezi, na kimwe cya gatatu cy’inyenyeri bikorwaho, kugira ngo kimwe cya gatatu cyabyo cyijime amanywa atavira kuri kimwe cya gatatu cyayo, n’ijoro ni uko.
13. Ndareba numva ikizu kiguruka kiringanije ijuru kivuga ijwi rirenga kiti “Ni ishyano, ni ishyano, ni ishyano rizabonwa n’abari mu isi ku bw’ayandi majwi y’impanda z’abamarayika batatu zigiye kuvuzwa.”
Ibyahishuwe 11-12
1. Bampa urubingo rusa n’inkoni bati “Haguruka ugere urusengero rw’Imana n’igicaniro n’abasengeramo,
2. ariko urugo rw’urusengero urureke nturugere kuko rwahawe abanyamahanga, kandi umudugudu wera bazamara amezi mirongo ine n’abiri bawukandagira.
3. Abahamya banjye babiri nzabaha guhanura, bahanure iminsi igihumbi na magana abiri na mirongo itandatu bambaye ibigunira.”
4. Abo bahamya ni bo biti bya elayo bibiri n’ibitereko by’amatabaza bibiri, bihagarara imbere y’Umwami w’isi.
5. Kandi iyo umuntu ashatse kubagirira nabi umuriro ubava mu kanwa ukotsa abanzi babo, kandi nihagira umuntu ushaka kubagirira nabi, uko ni ko akwiriye kwicwa.
6. Bafite ubushobozi bwo gukinga ijuru ngo imvura itagwa mu minsi yo guhanura kwabo, kandi bafite ubushobozi bwo guhindura amazi amaraso no guteza isi ibyago byose uko bashatse.
8. Intumbi zabo zizarambarara mu nzira nyabagendwa yo mu mudugudu munini, ari wo witwa i Sodomu no muri Egiputa mu mvugo y’umwuka, ari na ho Umwami wabo yabambwe.
9. Nuko abo mu moko n’imiryango n’indimi n’amahanga, bazamara iminsi itatu n’igice bareba intumbi zabo, ntibazazikundira guhambwa mu mva.
10. Abari mu isi bazazīshima hejuru bazikina ku mubyimba banezerwe, bohererezanye impano kuko abo bahanuzi bombi bababazaga abari mu isi.
11. Iyo minsi itatu n’igice ishize, umwuka w’ubugingo uva ku Mana winjira muri bo baherako barahaguruka, ubwoba bwinshi butera ababibonye.
12. Bumva ijwi rirenga rivugira mu ijuru ribabwira riti “Nimuzamuke muze hano.” Nuko bazamukira mu gicu bajya mu ijuru abanzi babo babireba.
2. kandi yari atwite. Nuko atakishwa no kuramukwa, ababazwa n’ibise.
3. Mu ijuru haboneka ikindi kimenyetso, mbona ikiyoka kinini gitukura gifite imitwe irindwi n’amahembe cumi, no ku mitwe yacyo gifite ibisingo birindwi.
4. Umurizo wacyo ukurura kimwe cya gatatu cy’inyenyeri zo ku ijuru, uzijugunya mu isi. Icyo kiyoka gihagarara imbere y’uwo mugore waramukwaga, kugira ngo namara kubyara gihereko kirye umwana we kimutsōtsōbe.
5. Abyara umwana w’umuhungu uzaragiza amahanga inkoni y’icyuma. Umwana we arasahurwa ajyanwa ku Mana no ku ntebe yayo.
6. Uwo mugore ahungira mu butayu aho afite ahantu yiteguriwe n’Imana, kugira ngo bamugaburirireyo kumara iminsi igihumbi na magana abiri na mirongo itandatu.
7. Mu ijuru habaho intambara. Mikayeli n’abamarayika be batabarira kurwanya cya kiyoka, ikiyoka kirwanana n’abamarayika bacyo.
8. Ntibanesha kandi mu ijuru ahabo ntihaba hakiboneka.
9. Cya kiyoka kinini kiracibwa, ari cyo ya nzoka ya kera yitwa Umwanzi na Satani, ari cyo kiyobya abari mu isi bose. Nuko kijugunywa mu isi, abamarayika bacyo bajugunyanwa na cyo.
10. Numva ijwi rirenga rivugira mu ijuru riti “Noneho agakiza karasohoye, gasohoranye n’ubushobozi n’ubwami bw’Imana yacu n’ubutware bwa Kristo wayo, kuko Umurezi wa bene Data ajugunywe hasi, wahoraga abarega ku manywa na nijoro imbere y’Imana yacu.
11. Na bo bamuneshesheje amaraso y’Umwana w’Intama n’ijambo ryo guhamya kwabo, ntibakunda amagara yabo, ntibanga no gupfa.
12. Nuko rero wa juru we, namwe abaribamo nimwishime. Naho wowe wa si we, nawe wa nyanja we, mugushije ishyano kuko Satani yabamanukiye afite umujinya mwinshi, azi yuko afite igihe gito.”
13. Nuko cya kiyoka kibonye yuko kijugunywe mu isi, gihīga wa mugore wabyaye umuhungu.
3. Kuko amahanga yose yanyoye inzoga ari zo ruba ry’ubusambanyi by’uwo mudugudu, kandi abami bo mu isi basambanaga na wo, abatunzi bo mu isi bagatungishwa n’ubwinshi bw’ubutunzi bwawo no kudamarara.”
4. Numva irindi jwi rivugira mu ijuru riti “Bwoko bwanjye, nimuwusohokemo kugira ngo mwe gufatanya n’ibyaha byawo, mwe guhabwa no ku byago byawo.
5. Wiringire Uwiteka n’umutima wawe wose, We kwishingikiriza ku buhanga bwawe.
Yesaya 14: 12-14
12. “Wa nyenyeri yo mu ruturuturu we, mwana w’umuseke ko uvuye mu ijuru, ukagwa! Uwaneshaga amahanga ko baguciye bakakugeza ku butaka!
13. Waribwiraga uti ‘Nzazamuka njye mu ijuru nkuze intebe yanjye y’ubwami isumbe inyenyeri z’Imana’, kandi uti ‘Nzicara ku musozi w’iteraniro mu ruhande rw’impera y’ikasikazi,