Turahari. Twahageze. Guhamirizwa kw’Ijambo kwemeje ko Guhishurirwa kwacu k’Ubu Butumwa kwavuye ku Mana. Turi mu BUSHAKE Bwayo BUTUNGANYE kubwo kugumana n’Ijwi ry’Imana ku makasete.
Gukandaho bikavuga ni ingenzi bingana iki? Amagambo twumva ku makasete ni ay’ingenzi cyane, arera cyane, kuburyo Imana Ubwayo itashoboraga kuyashinga Marayika Imwizeye… Habe n’aba Marayika Bayo b’ijuru. Byahishurirwe umuhanuzi Wayo maze abizanira Umugeni, kubera ko uwo Ijambo ry’Imana rizaho, ni umuhanuzi Wayo, WENYINE.
Imana yamennye Ibimenyetso, ibihereza intumwa marayika Wayo wo ku isi, kandi Imuhishurira Igitabo cyose cy’Ibyahishuwe. Hanyuma, Imana yavugiye muri marayika Wayo wo ku isi maze Ihishurira Umugeni Wayo BURI KINTU.
Buri gace gato kose karavuzwe kandi karaduhishurirwa. Imana itwitaho cyane atari ukubera ko gusa Yatubwiye ibigomba kubaho hano ku isi guhera mu itangira ry’igihe, ahubwo Yavugiye muri marayika Wayo nuko Itubwira icyari kigiye kubaho nko muri paradizo ubungubu.
Ntabwo Yashakaga ko duhangayika, cyangwa tube dukekeranya kubijyanye n’icyo ejo hazaza hatubikiye mu gihe dusiga iyi ngando yo ku isi. Noneho, Imana Ubwayo yajyanye marayika Wayo wa karindwi ukomeye hakurya y’inyegamo y’igihe, kugira ngo abashe kuhareba, akabyiyumvamo, ndetse akanavugana n’abo bari hakurya Aho. Ntabwo ryari iyerekwa, yari AHO.
Imana yamujyanye aho ngaho kugira ngo agaruke maze atubwire ngo :”Nari ndiyo, Nahabonye. Biri kubaho AKA KANYA… Ba mama wacu, ba data, abavandimwe bacu, bashiki bacu, abana bacu, abakobwa bacu, abagore bacu, abagabo bacu, ba sogokuru, Mose, Eliya, ABERA BOSE bagiye bari aho hakurya mu Makanzu Yera, bararuhutse kandi bategereje TWEBWE”.
Ntituzongera kurira ukundi, kubera ko hose azaba ari umunezero. Ntituzongera kubabara ukundi, kubera ko azaba ari umunezero wuzuye. Ntituzigera na rimwe dupfa, kubera ko byose ni ubuzima. Ntidushobora gusaza, kubera ko tuzaguma turi abasore iteka ryose.
Ese nihe dushingiye aho tugiye h’iteka? KURI BURI JAMBO RYAVUZWE KU MAKASETE. Ndashimira Umwami ko yaduhaye Guhishurirwa k’Ukuri kubw’ibyo Gukandaho Bikavuga nicyo KINTU CY’INGENZI CYANE Umugeni ahatiwe gukora.
Ese wakwishimira kuruhukana natwe? Ngwino wiyunge natwe kuri iki Cyumweru I Saa Sita z’Amanywa, ku isaha y’I Jeffersonville, mu gihe twumva ibyo ejo hazaza hatubikeye byose, aho tugiye, n’uburyo bwo kugerayo, mu gihe twumva Ijwi ry’Imana rivuga kandi rifungura: Ikimenyetso cya Gatanu 63-0322.
Mwene Data Joseph Branham
Ibyanditswe byo gusoma mbere yo kumva Ubutumwa:
Daniyeli 9:20-27 Nuko nkivuga, nsenga natura ibyaha byanjye n’iby’ubwoko bwanjye bw’Abisirayeli, kandi ntakambira Uwiteka Imana yanjye ku bw’umusozi wera w’Imana yanjye, ngikomeje gusenga umugabo Gaburiyeli nabonaga ngitangira kwerekwa aratumwa, maze aragaruka aza n’ingoga igihe cyo gutamba igitambo cya nimugoroba cyendaga kugera, ankoraho. Arambwira anyigisha ati “Daniyeli, ubu nzanywe no kungura ubwenge bwawe. Ugitangira kwinginga haje ijambo, kandi nzanywe no kurikubwira kuko ukundwa cyane. Nuko iryo jambo uritekereze cyane, umenye n’ibyo weretswe. Ibyumweru mirongo irindwi bitegekewe ubwoko bwawe n’umurwa wera, kugira ngo ibicumuro bicibwe n’ibyaha bishire, no gukiranirwa gutangirwe impongano haze gukiranuka kw’iteka, ibyerekanywe n’ibyahanuwe bifatanishwe ikimenyetso, ahera cyane hasigwe amavuta. Nuko ubimenye, ubyitegereze yuko uhereye igihe bazategekera kubaka i Yerusalemu bayisana kugeza kuri Mesiya Umutware hazabaho ibyumweru birindwi, maze habeho ibindi byumweru mirongo itandatu na bibiri bahubake basubizeho imiharuro n’impavu, ndetse bizakorwa mu bihe biruhije. Ibyo byumweru uko ari mirongo itandatu na bibiri nibishira Mesiya azakurwaho, kandi nta cyo azaba asigaranye. Maze abantu b’umutware uzaza bazarimbure umurwa n’ubuturo bwera, uwo iherezo rye rizaba nk’utembanywe n’umwuzure w’amazi, intambara n’ibyago bizarinda bigeza imperuka. Ni ko bitegetswe. Uwo mutware azasezerana na benshi isezerano rikomeye, rimare icyumweru kimwe. Nikigera hagati azabuzanya ibitambo n’amaturo, umurimbuzi azaza ku ibaba ry’ibizira, maze kugeza ku mperuka yategetswe uburakari buzasandazwa kuri uwo murimbuzi.
Ibyakozwe 15:13-14 Barangije kuvuga Yakobo aravuga ati “Bagabo bene Data, munyumve. Simoni yabatekerereje uko Imana yatangiye kugenderera abanyamahanga, kubatoranyamo ubwoko bwo kubaha izina ryayo.
Abaroma 11:25-26 Bene Data kugira ngo mutabona uko mwirata ndashaka ko mumenya iby’iri banga: Abisirayeli bamwe banangiwe imitima ariko si bose, kugeza ubwo abanyamahanga bazinjira mu Itorero bakagera ku mubare ushyitse. Ni bwo Abisirayeli bose bazakizwa nk’uko byanditswe ngo “Umukiza azava i Siyoni, Azakura muri Yakobo kutubaha Imana.”
Ibyahishuwe 11:7-8 Kandi nibarangiza guhamya kwabo, inyamaswa izazamuka ivuye ikuzimu irwane na bo, ibaneshe ibīce. Intumbi zabo zizarambarara mu nzira nyabagendwa yo mu mudugudu munini, ari wo witwa i Sodomu no muri Egiputa mu mvugo y’umwuka, ari na ho Umwami wabo yabambwe.
Ibyahishuwe 22:8-9 Jyewe Yohana numvise ibyo kandi ndabireba. Maze kubyumva no kubireba nikubitira hasi imbere y’ibirenge bya marayika wabinyeretse, kugira ngo muramye. Ariko arambwira ati “Reka! Ndi imbata mugenzi wawe kandi ndi mugenzi wa bene So b’abahanuzi, n’uw’abitondera amagambo y’iki gitabo. Imana abe ari yo uramya.”
Kimwe na Yohana, ngiyo impamvu ituma tuvuza akaruru kandi tukarangurura, maze turakaramya Umwami, dushagurukijwe na Vino Nshya kandi turabizi, MUBURYO BUDASHIDIKANYWAHO, TURI Umugeni We.
Ni kimwe n’iyo mvura yose no guhinda kw’inkuba twagize hano muri Jeffersonville iki cyumweru… Natwe turimo turohereza UMUBURO ku isi.
Umugeni arimo aragira GUHINDA KW’INKUBA K’UGUHISHURIRWA, KANDI BIRI KUBYARA UMWUZURE WO GUHISHURIRWA. UMUGENI YARITEGUYE UBWE KANDI BAMENYE ABO BARIBO. MUJYE MU BWIHISHO VUBA. MUKANDEHO BIVUGE CYANGWA MURIMBUKE.
Ntabwo turi kubaho mu Gisekuru cy’Intare, cyangwa mu Gisekuru cy’Ikimasa, habe no mu Gisekuru cy’Umuntu; turi kuba mu GISEKURU CY’IKIZU, kandi Imana yohereje ikizu gikomeye, Malaki 4, kugira ngo ahamagare kandi ayobore Umugeni We
Mbega uburyo biza kuba biri mu mwanya kuri iki Cyumweru, mu gihe turaba duteraniye hamwe turimo twumva Ikimenyetso cya Kane. Biraba ari Umunsi w’Amavuko w’ikizu cy’Imana gikomeye umuhanuzi.
Isaha: 12h00 z’Amanywa, ku isaha y’I Jeffersonville
Ibyanditswe byo gusoma mukwitegura.
Matayo 4
Maze Yesu ajyanwa n’Umwuka mu butayu kugeragezwa n’umwanzi,
amaze iminsi mirongo ine n’amajoro mirongo ine atarya, abona gusonza.
Umushukanyi aramwegera aramubwira ati “Niba uri Umwana w’Imana, bwira aya mabuye ahinduke imitsima.”
Aramusubiza ati “Handitswe ngo Umuntu ntatungwa n’umutsima gusa, ahubwo atungwa n’amagambo yose ava mu kanwa k’Imana.'”
Maze umwanzi amujyana ku murwa wera, amuhagarika ku gasongero k’urusengero
aramubwira ati “Niba uri Umwana w’Imana, ijugunye hasi kuko handitswe ngo Izagutegekera abamarayika bayo, Bakuramire mu maboko yabo, Ngo udakubita ikirenge ku ibuye.'”
Yesu aramusubiza ati “Kandi handitswe ngo Ntukagerageze Uwiteka Imana yawe.'”
Umwanzi arongera amujyana mu mpinga y’umusozi muremure cyane, amwereka ubwami bwose bwo mu isi n’ubwiza bwabwo
aramubwira ati “Biriya byose ndabiguha nupfukama ukandamya.”
Yesu aramubwira ati “Genda Satani, kuko handitswe ngo Uramye Uwiteka Imana yawe, abe ari yo ukorera yonyine.'”
Yesu yumvise ko babohesheje Yohana, aragenda ajya i Galilaya.
Yimuka i Nazareti atura i Kaperinawumu, umudugudu uri ku nyanja mu rugabano rwa Zebuluni na Nafutali,
ngo ibyavuzwe n’umuhanuzi Yesaya bisohore ngo
Mu gihugu cya Zebuluni na Nafutali, Hafi y’inyanja hakurya ya Yorodani, N’i Galilaya y’abapagani, Abantu bari bicaye mu mwijima babonye umucyo mwinshi, kandi abari bicaye mu gihugu cy’urupfu no mu gicucu cyarwo, Bamurikirwa n’umucyo.
Yesu ahera ubwo atangira kwigisha avuga ati “Mwihane kuko ubwami bwo mu ijuru buri hafi.”
Agenda iruhande rw’inyanja y’i Galilaya abona abavandimwe babiri, Simoni witwaga Petero na Andereya mwene se, barobesha urushundura mu nyanja kuko bari abarobyi.
Arababwira ati “Nimunkurikire nzabagire abarobyi b’abantu.”
Uwo mwanya basiga inshundura baramukurikira.
Yicumye imbere abona abandi bavandimwe babiri, umwe ni Yakobo mwene Zebedayo na Yohana mwene se, bari mu bwato hamwe na se Zebedayo bapfundikanya inshundura zabo, arabahamagara.
Uwo mwanya basiga ubwato na se, baramukurikira.
Yesu agenderera ab’i Galilaya hose, abigishiriza mu masinagogi yabo ababwira ubutumwa bwiza bw’ubwami, akiza n’indwara zose n’ubumuga bw’abantu.
Inkuru ye yamamara i Siriya yose, bamuzanira abarwayi bose n’indembe barwaye indwara zitari zimwe, n’abatewe n’abadayimoni, n’abarwaye ibicuri n’ibirema arabakiza.
Abantu benshi baramukurikira bavuye i Galilaya n’i Dekapoli, n’i Yerusalemu n’i Yudaya no hakurya ya Yorodani.
Luka 24:49
Kandi dore ngiye kuboherereza ibyo Data yasezeranye, ariko mugume mu murwa kugeza ubwo muzambikwa imbaraga zivuye mu ijuru.”
Yohani 6:63
Umwuka ni we utanga ubugingo, umubiri nta cyo umaze. Amagambo mbabwiye ni yo mwuka, kandi ni yo bugingo,
Ibyakozwe 2:38
Petero arabasubiza ati “Nimwihane, umuntu wese muri mwe abatizwe mu izina rya Yesu Kristo ngo mubone kubabarirwa ibyaha byanyu, kandi namwe muzahabwa iyi mpano y’Umwuka Wera,
Ibyahishuwe 2:18-23
Wandikire marayika w’Itorero ry’i Tuwatira uti Umwana w’Imana, ufite amaso asa n’ibirimi by’umuriro n’ibirenge bye bigasa n’umuringa w’umuteke aravuga aya magambo ati
Nzi imirimo yawe n’urukundo rwawe no kwizera kwawe, no kugabura kwawe no kwihangana kwawe, n’uburyo imirimo yawe ya nyuma iruta iya mbere kuba myinshi.
Dore nzamugusha ku buriri, mutezane amakuba menshi n’abasambane be nibatihana imirimo yabo mibi.
Kandi n’abana be nzabicisha urupfu, amatorero yose amenye yuko ari jye urondora ubwenge n’imitima, kandi ko nzītura umuntu wese wo muri mwe ibikwiriye ibyo yakoze.
Ibyahishuwe 6: 7-8
Nuko haza indi farashi itukura cyane, uyicayeho ahabwa gukura amahoro mu isi ngo bicane, kandi ahabwa inkota ndende.
Umwana w’Intama amennye ikimenyetso cya gatatu, numva ikizima cya gatatu kivuga kiti “Ngwino.” Nuko ngiye kubona mbona ifarashi y’umukara, kandi uyicayeho yari afite urugero rw’indatira mu intoki ze.
Ibyahishuwe 10: 1-7
Mbona marayika wundi ukomeye amanuka ava mu ijuru yambaye igicu, umukororombya uri ku mutwe we, mu maso he hasa n’izuba, ibirenge bye bisa n’inkingi z’umuriro.
Mu intoki ze yari afite agatabo kabumbutse. Nuko ashyira ikirenge cye cy’iburyo ku nyanja, n’icy’ibumoso agishyira ku butaka.
ahubwo mu minsi y’ijwi rya marayika wa karindwi ubwo azatangira kuvuza impanda, ni ho ubwiru bw’Imana buzaba busohoye nk’uko yabwiye imbata zayo ari zo bahanuzi.”
Ibyahishuwe 12:13
Nuko cya kiyoka kibonye yuko kijugunywe mu isi, gihīga wa mugore wabyaye umuhungu.
Ibyahishuwe 13:1-14
Ngihagarara ku musenyi wo ku nyanja, ngiye kubona mbona inyamaswa iva mu nyanja ifite amahembe cumi n’imitwe irindwi. Ku mahembe yayo hariho ibisingo cumi, no ku mitwe yayo hariho amazina yo gutuka Imana.
Nuko mbona umwe mu mitwe yayo usa n’ukomeretse uruguma rwica, ariko urwo ruguma rwawishe rurakira. Abari mu isi yose bakurikira iyo nyamaswa bayitangarira.
Baramya icyo kiyoka kuko cyahaye iyo nyamaswa ubutware bwacyo, baramya n’iyo nyamaswa bati “Ni nde uhwanye n’iyi nyamaswa, kandi ni nde ubasha kuyirwanya?”
Ihabwa akanwa kavuga ibikomeye n’ibyo gutuka Imana, ihabwa no kurama ngo imare amezi mirongo ine n’abiri.
Ibumburira akanwa kayo gutuka Imana, no gutuka izina ryayo n’ihema ryayo n’ababa mu ijuru.
Ihabwa kurwanya abera no kubanesha, ihabwa no gutwara imiryango yose n’amoko yose, n’indimi zose n’amahanga yose.
Abari mu isi bose bazayiramya, umuntu wese izina rye ritanditswe mu gitabo cy’ubugingo cy’Umwana w’Intama, watambwe uhereye ku kuremwa kw’isi.
Ufite ugutwi niyumve.
Nihagira ujyana abandi ho iminyago na we ubwe azajyanwa ho umunyago, kandi uwicisha abandi inkota na we akwiriye kwicishwa inkota. Aho ni ho kwihangana kw’abera kuri no kwizera kwabo.
Nuko mbona indi nyamaswa izamuka iva mu butaka. Iyo yo yari ifite amahembe abiri nk’ay’umwana w’intama, ivuga nk’ikiyoka.
Itegekesha ububasha bwose bwa ya nyamaswa ya mbere mu maso yayo, ihata isi n’abayirimo ngo baramye ya nyamaswa ya mbere yakize uruguma rwayishe,
kandi ikora ibimenyetso bikomeye, imanura umuriro uva mu ijuru ugwa mu isi mu maso y’abantu.
Iyobesha abari mu isi ibyo bimenyetso yahawe gukorera imbere ya ya nyamaswa, ibabwira kurema igishushanyo cya ya nyamaswa yari ikomerekejwe n’inkota ikabaho.
Ibyahishuwe 16:12-16,
Marayika wa gatandatu asuka urwabya rwe mu ruzi runini Ufurate. Amazi yarwo akamira kugira ngo inzira y’abami baturuka iburasirazuba yitegurwe.
Nuko mbona mu kanwa ka cya kiyoka no mu kanwa ka ya nyamaswa, no mu kanwa ka wa muhanuzi w’ibinyoma, havamwo imyuka itatu mibi isa n’ibikeri,
kuko ari yo myuka y’abadayimoni, ikora ibitangaza igasanga abami bo mu isi yose, ngo ibahururize kujya mu ntambara yo ku munsi ukomeye w’Imana Ishoborabyose.
(Dore nzaza nk’umujura. Hahirwa uba maso akarinda imyenda ye, kugira ngo atagenda yambaye ubusa bakareba isoni z’ubwambure bwe.)
Ibateraniriza ahantu mu Ruheburayo hitwa Harimagedoni.
Ibyahishuwe 19:15-17
Mu kanwa ke havamo inkota ityaye kugira ngo ayikubite amahanga, azayaragize inkoni y’icyuma. Yengesha ibirenge mu muvure w’inkazi y’umujinya w’Imana Ishoborabyose.
Kandi ku mwenda we no ku kibero cye afite izina ryanditsweho ngo UMWAMI W’ABAMI, N’UMUTWARE UTWARA ABATWARE.
Mbona marayika ahagaze mu zuba arangurura ijwi, abwira ibisiga byose bigurukira mu kirere ati “Nimuze muteranire kurya ibyokurya byinshi Imana ibagaburira,
Itangiriro 1:1
Mbere na mbere Imana yaremye ijuru n’isi.
Zaburi 16:8-11
Nashyize Uwiteka imbere yanjye iteka, Kuko ari iburyo bwanjye sinzanyeganyezwa.
Ijambo ryaje kuri Yeremiya rivuye ku Uwiteka mu mwaka wa cumi wa Sedekiya umwami w’u Buyuda, wari umwaka wa cumi n’umunani wa Nebukadinezari.
Nuko icyo gihe ingabo z’umwami w’i Babuloni ni bwo zagose i Yerusalemu, kandi umuhanuzi Yeremiya yari akingiraniwe mu gikari cy’inzu y’imbohe iri mu rugo rw’umwami w’u Buyuda,
kuko Sedekiya umwami w’u Buyuda yari yamufunze. Umwami yaramubajije ati “Ni iki gituma uhanura utyo uti Uku ni ko Uwiteka avuga ati: Dore nzatanga uyu murwa mu maboko y’umwami w’i Babuloni kandi azawigarurira,
na we Sedekiya umwami w’Abayuda ntazava mu maboko y’Abakaludaya ahubwo azagabizwa umwami w’i Babuloni, bazavugana bahanganye barebana mu maso,
kandi azajyana Sedekiya i Babuloni, ni ho azaguma kugeza ubwo nzamugenderera. Ni ko Uwiteka avuga, nubwo murwanya Abakaludaya, ntimuzahirwa?'”
Yeremiya aravuga ati “Ijambo ry’Uwiteka ryanjeho riti
Dore Hanamēli mwene Shalumu so wanyu azagusanga ati: Tugure umurima wanjye uri mu Anatoti, kuko ari wowe ufite ubutware bwo kuwugura.’
Bukeye Hanamēli mwene data wacu ansanga mu gikari cy’inzu y’imbohe, nk’uko ijambo ry’Uwiteka ryari riri arambwira ati Ndakwinginga, ugure umurima wanjye uri muri Anatoti mu gihugu cya Benyamini, kuko ari wowe ubasha kuwuzungura kandi ubutware bwo kuwugura ari wowe ubufite, uwigurire.’Nuko menya ko rya jambo ryavuye ku Uwiteka.
Maze ngura wa murima uri muri Anatoti na Hanamēli mwene data wacu, mugerera ibiguzi shekeli cumi n’indwi z’ifeza.
Dore ndi Uwiteka Imana y’ibifite imibiri byose. Mbese hariho ikinanira? Ni cyo gituma Uwiteka avuga atya ati Dore ngiye gutanga uyu murwa mu maboko y’Abakaludaya, no mu maboko ya Nebukadinezari umwami w’i Babuloni kandi azawuhindūra, kandi Abakaludaya barwanye uyu murwa. Bazaza bawutwike bawutwikane n’amazu, ayo bajyaga bosererezaho Bāli imibavu, bagasukira izindi mana amaturo y’ibinyobwa kugira ngo bandakaze.’ Kuko Abisirayeli n’Abayuda bakoreye ibibi gusa imbere yanjye uhereye mu buto bwabo, Abisirayeli bahora banyendereza bakandakaza ku bw’imirimo y’amaboko yabo. Ni ko Uwiteka avuga. Erega uyu murwa wambereye agateramujinya n’uburakari, uhereye umunsi bawubatse ukageza na bugingo n’ubu kugira ngo nywukure imbere yanjye, mpoye Abisirayeli n’Abayuda ibyaha byose bakoreye kundakaza, bo n’abami babo n’ibikomangoma byabo, n’abatambyi babo n’abahanuzi babo, n’abantu b’i Buyuda n’abatuye i Yerusalemu. Kandi aho kumpangaho amaso banteye umugongo, nubwo nabigishaga nkazinduka kare nkabigisha ntibarakumvira, kugira ngo bemere kwigishwa. Ahubwo bahagaritse ibizira byabo mu nzu yitirirwa izina ryanjye, kugira ngo bayanduze. Kandi bubatse ingoro za Bāli, iziri mu gikombe cya mwene Hinomu kugira ngo banyuzurize Moleki abahungu babo n’abakobwa babo mu muriro, icyo ntari nabategetse habe no gutekereza, yuko bakora icyo kizira bagacumuza Yuda.
Ni cyo gituma noneho Uwiteka Imana ya Isirayeli ivuga iby’uyu murwa, uwo muvuga ngo ushyirishijwe mu maboko y’umwami w’i Babuloni inkota n’inzara n’icyorezo iti
Dore ngiye kubakoraniriza hamwe mbakuye mu bihugu byose aho nari nabatatanirije, mbitewe n’uburakari bwanjye n’umujinya wanjye ndetse n’umujinya ukaze, kandi nzabagarura ino mpabatuze amahoro. Na bo bazaba ubwoko bwanjye, kandi nanjye nzaba Imana yabo, nzabaha imitima ihuje n’inzira imwe babone kunyubaha iteka ryose, kugira ngo bibabere ibyiza bo n’abana babo bazabakurikira. Kandi nzasezerana na bo isezerano rihoraho yuko ari ntabwo nzabata ngo ndeke kubagirira neza, nzabatera kunyubaha mu mitima yabo kugira ngo batanyimūra. Ni ukuri nzanezezwa no kubagirira neza, rwose nzabatera bamere muri iki gihugu, mbishyizeho umutima wanjye wose n’ubugingo bwanjye bwose.
Uku ni ko Uwiteka avuga ati “Nk’uko nateje ubu bwoko ibyo byago bikomeye byose, ni ko nzabasohoreza ibyiza nabasezeraniye byose.
Maze imirima izagurwa muri iki gihugu, icyo muhinyura ngo Ni amatongo, nta muntu ukikibamo, haba n’amatungo, kigabijwe Abakaludaya.’
Abantu bazagura imirima ifeza, bandike inzandiko z’ubuguzi bazishyireho icyitegererezo cy’ubushishi, bitorere abagabo mu gihugu cya Benyamini n’imisozi ikikije i Yerusalemu no mu midugudu y’u Buyuda, mu midugudu yo mu misozi miremire no mu midugudu yo mu bibaya no mu midugudu y’ikusi, kuko nzagarura ababo bajyanywe ari imbohe.” Ni ko Uwiteka avuga.
Yoweli 2:28
Hanyuma y’ibyo, nzasuka Umwuka wanjye ku bantu bose, abahungu banyu n’abakobwa banyu bazahanura, abakambwe banyu bazarota, n’abasore banyu bazerekwa.
Ndi Urubyaro rwa Cyami rw’Abraham. Ndi Umugeni wa Kristo. Naratoranijwe kandi ngenerwa kuba Umugeni Wayo mbere y’imfatiro z’isi, kandi nta kintu cyabihindura. Buri sezerano riri muri Bibiliya ni iryanjye. Yo ni Uwiteka Imana Niyo inkiza indwara zanjye zose. Icyo nkeneye cyose ni icyanjye, Niko Imana ivuga.
Imana mu guca bugufi: Kwizera kuzanwa no kumva, kumva Ijambo. Ijambo riza ku muhanuzi.
Buri wese ashaka gukoresha “IMIRONGO” kugira ngo yerekane ibitekerezo bye, imyumvire ye, ubutumwa bwe. Kandi bafite ukuri, kandi nanjye ni uko, ninayo mpamvu ibyo mbaha byose ari imirongo yo kubabwira ngo: Mugumane n’Amakasete. Mwumve iryo Jwi. Iryo Jwi ni Ijwi ry’Imana. Mugomba kwizera buri Jambo riri ku makasete, atari icyo ubonetse wese avuze. Iryo Jwi NIRYO JWI RY’INGENZI MUGOMBA KUMVA.
Abandi bakoresha imirongo kugira ngo babazane mu bukozi bwabo, mu munsengero zabo, mu busobanuro bwabo, mu guhishurirwa kwabo. “Mugumane na pasteri wanyu.” (Rero, ibyo nanjye ndabikunda, kubera ko dufite, abapasteri batandukanye) “Ntabwo ari we kabuye konyine kari ku nkome y’amazi.” “NTabwo yigeze avuga ko dukwiriye gucuranga amakasete mu rusengero.”
Ntimukigere mushyira ubusobanuro bw’umuntu ku giti cye kuri Ryo. Arashaka ibitunganye, bitavangiye, habe n’utwo dukino duto dusa n’ubuhehesi. Ntabwo nakwifuza ko umugore wanjye agirana igisa n’ubuhehesi n’undi mugabo. Kandi igihe utangiye kujya gutega amatwi ubwoko bwose bw’imitekereze hanze y’iri Jambo, uba urimo gukorana ubuhehesi na Satani. Amena. Ese ibyo ntibirimo kubatera kumva mwinjiye mu mwuka? Imana ishaka ko muguma mutavangiwe. Mugumane n’iryo Jambo. Mugumane na Ryo. Niko biri.
Ariko njye n’inzu yanjye, tuzajya dukandaho bivuge kandi dukurikire Ijambo ry’Imana ryambaye umubiri rivuga binyuriye mu ntumwa marayika Wayo wa karindwi. Ntabwo tuzigera twongera ubusobanuro bwacu bwite kuri Ryo; ntabwo tuzigera duheheta cyangwa ngo twumvire ukundi gutekereza. Twe TUZAGUMANA N’IJAMBO NKUKO RYAVUZWE KU MAKASETE. Ni Imana mu guca bugufi.
Mbega ibihe byiza turaza kugira kuri iki Cyumweru saa sita z’amanywa, ku isaha y’I Jeffersonville, mu gihe twumva: Ikimenyetso cya Gatatu 63-0320. Ndashaka kubatumira kugira ngo mwiyunge natwe tuzengurutse Ijambo ry’uyu munsi.
Mwene Data Joseph Branham
Reka mfate uyu mwanya kugira ngo mbisobanure neza indi nshuro. Ntabwo ndwanya ubukozi butanu. Nizera mu bukozi butanu. Ntabwo nibwira ko ari bibi kumva umubwiriza. Nizera ko mukwiriye kumva pasteri wanyu aho Imana yabashyize. Ingingo yanjye ni iyi, nizera ko Imana yohereje umuhanuzi muri iyi minsi yacu. Imana ihishurira Ijambo Ryayo umuhanuzi Wayo. Nshobora gukora ikosa, pasteri wawe ashobora gukosa, ariko TUGOMBA kwemera (Niba tuvuga ko twizera UBU BUTUMWA ko ari ukuri kandi Mwene Data Branham akaba ari umuhanuzi w’Imana) ko ikivuzwe ku makasete ari Uku Niko Uwiteka Avuze. Niba ibyo utabyizera, aho uba utizera Ubutumwa. Rero, nizera ko ARIRYO JWI RYONYINE RY’INGENZI TUGOMBA KUMVA. Ntabwo ari njye mugomba kumva, nta nubwo ari undi wundi mukwiriye kumva, ariko MUGOMBA KUMVA IJWI RIRI KU MAKASETE.
Barumirwa bose baratangara bati “Mbese aba bose bavuga si Abanyagalilaya?
None se ni iki gitumye twese tubumva bavuga indimi z’iwacu za kavukire?
Kandi turi Abapariti n’Abamedi n’Abanyelamu, n’abatuye i Mezopotamiya n’i Yudaya, n’i Kapadokiya n’i Ponto no muri Asiya,
n’i Furugiya n’i Pamfiliya no muri Egiputa, no mu gihugu cy’i Libiya gihereranye n’i Kurene, n’Abaroma b’abashyitsi n’Abayuda n’abakomeza idini yabo,
kandi n’Abakirete n’Abarabu, turabumva bavuga ibitangaza by’Imana mu ndimi z’iwacu.”
Bose barumirwa, bibayobeye barabazanya bati “Mbese ibi ni ibiki?”
Abandi barabanegura bati “Basinze ihira.”
Ariko Petero ahagararana n’abo cumi n’umwe, ababwiza ijwi rirenga ati “Yemwe bagabo b’i Yudaya n’abatuye i Yerusalemu mwese mwe, ibi mubimenye kandi mwumvirize amagambo yanjye.
Aba ntibasinze nk’uko mwibwira kuko ubu ari isaha ya gatatu y’umunsi,
ahubwo ibyo mureba ibi byavuzwe n’umuhanuzi Yoweli ngo
Imana iravuze iti: Uku ni ko bizaba mu minsi y’imperuka, Nzasuka ku Mwuka wanjye ku bantu bose, Kandi abahungu n’abakobwa banyu bazahanura, N’abasore banyu bazerekwa, N’abakambwe babarimo bazarota.
Yesu Kristo uko yari ari ejo, n’uyu munsi ni ko ari kandi ni ko azahora iteka ryose.
Yohana 5:7
Hari ibihamya bitatu mu ijuru, Data, Ijambo, n’Umwuka kandi ibi bitatu ni Umwe.
Abalewi 8:12
Asuka ku mutwe wa Aroni ayo mavuta yo gusīga, amusīgira kumweza.
Yeremiya 32
Ijambo ryaje kuri Yeremiya rivuye ku Uwiteka mu mwaka wa cumi wa Sedekiya umwami w’u Buyuda, wari umwaka wa cumi n’umunani wa Nebukadinezari.
Nuko icyo gihe ingabo z’umwami w’i Babuloni ni bwo zagose i Yerusalemu, kandi umuhanuzi Yeremiya yari akingiraniwe mu gikari cy’inzu y’imbohe iri mu rugo rw’umwami w’u Buyuda,
kuko Sedekiya umwami w’u Buyuda yari yamufunze. Umwami yaramubajije ati “Ni iki gituma uhanura utyo uti Uku ni ko Uwiteka avuga ati: Dore nzatanga uyu murwa mu maboko y’umwami w’i Babuloni kandi azawigarurira,na we Sedekiya umwami w’Abayuda ntazava mu maboko y’Abakaludaya ahubwo azagabizwa umwami w’i Babuloni, bazavugana bahanganye barebana mu maso,kandi azajyana Sedekiya i Babuloni, ni ho azaguma kugeza ubwo nzamugenderera. Ni ko Uwiteka avuga, nubwo murwanya Abakaludaya, ntimuzahirwa?'”Yeremiya aravuga ati “Ijambo ry’Uwiteka ryanjeho ritiDore Hanamēli mwene Shalumu so wanyu azagusanga ati: Tugure umurima wanjye uri mu Anatoti, kuko ari wowe ufite ubutware bwo kuwugura.’Bukeye Hanamēli mwene data wacu ansanga mu gikari cy’inzu y’imbohe, nk’uko ijambo ry’Uwiteka ryari riri arambwira ati Ndakwinginga, ugure umurima wanjye uri muri Anatoti mu gihugu cya Benyamini, kuko ari wowe ubasha kuwuzungura kandi ubutware bwo kuwugura ari wowe ubufite, uwigurire.’Nuko menya ko rya jambo ryavuye ku Uwiteka.Maze ngura wa murima uri muri Anatoti na Hanamēli mwene data wacu, mugerera ibiguzi shekeli cumi n’indwi z’ifeza.
IKIBAZO: Ese turi mu bushake Bwayo butunganye kubwo kuba twumva Amakasete?
IGISUBIZO: YEGO
IKIBAZO: Ese Umugeni akeneye ibirenze ibivugwa ku makasete?
IGISUBIZO: OYA
IKIBAZO: Ese hari icyo dutakaza kubwo kuba twumva GUSA Amakasete?
IGISUBIZO: OYA
IKIBAZO: Ese twashobora kuba Umugeni binyuze GUSA mu kumva Amakasete?
IGISUBIZO: MU BURYO BUDASUBIRWAHO, YEGO!
Noneho mwibuke,”nta kintu na kimwe gihishurwa; nta kintu na kimwe Imana yakora; habe na gato, keretse ibanje Kugihishurira abagaragu bayo, abahanuzi.”
Rero, IBYO dukeneye BYOSE byaravuzwe kandi biri ku makasete; cyangwa, igihe marayika Wayo wa karindwi azagaruka ku isi, WE icyo gihe azabitubwira
Oh Mugeni, reka turebere hamwe ikirimo kubaho hamwe n’Umugeni wa Kristo wo ku isi hose. Data arimo arahuriza hamwe Umugeni We binyuze mu Ijwi Rye kandi ririmo guhinda nk’inkuba, “Uku niko Uwiteka Avuga.”
Mwibuke, yatubwiye icyo Inkuba aricyo: “Guhinda gukomeye kw’inkuba ni Ijwi ry’Imana” Kandi Ijwi ry’Imana ku Mugeni ni iki? Marayika wa karindwi intumwa y’Imana, William Marrion Branham.
Yaravuze ngo hagiye kuza guhinda kurindwi kw’Inkuba k’ubwiru uko nta nubwo kwigeze kwandikwa na gato. Kandi binyuze muri uko guhinda Kurindwi kw’Inkuba, kuzahuriza hamwe Umugeni kubwo kwizera kw’izamurwa.
Ijambo ry’Uwiteka riza ku bahanuzi. Iyo hajya kubaho indi mikorere myiza kurushaho Yajyaga kuyikoresha. Yatoranije imikorere myiza kurusha indi guhera mu itangira kandi Ntishobora, kandi ntizigera, ihindura.
Guhera 1933 aho hepfo ku mugezi wa munsi, Itorero ntabwo ryigeze ritekereza ko, uwo William Marrion Branham ari Ijwi ry’Imana, Inkuba irimo ihinda,”Uko Niko Uwiteka Avuga,” kandi yoherejwe guhamagara, guteranya, no kuyobora Umugeni.
Ndifuza kugutumira kugira ngo uze wumve hamwe natwe kuri Iki Cyumweru Saa Sita z’amanywa, ku isaha y’I Jeffersonville, Umwami wacu Yesu afungura Igitabo, akamena Ikimenyetso, kandi Akacyohereza ku isi, kuri marayika We wa karindwi, kugira ngo Agihishurire TWEBWE!
Mwene Data Joseph Branham
Itariki: KUCYUMWERU, 23 Werurwe 2025
Ubutumwa: Ikimenyetso cya Kabiri 63-0319
Isaha: 12h00 z’amanywa., ku isaha y’I Jeffersonville
Ibyanditswe byo gusoma mbere yo kumva Ubutumwa:
Matayo 4:8
Umwanzi arongera amujyana mu mpinga y’umusozi muremure cyane, amwereka ubwami bwose bwo mu isi n’ubwiza bwabwo
Matayo 11: 25-26
Muri iyo minsi Yesu aravuga ati “Ndagushima Data, Mwami w’ijuru n’isi, kuko wahishe ibyo abanyabwenge n’abahanga, ukabimenyesha abana bato.
Nuko haza indi farashi itukura cyane, uyicayeho ahabwa gukura amahoro mu isi ngo bicane, kandi ahabwa inkota ndend
Ibyahishuwe 17
Haza umwe wo muri ba bamarayika barindwi bari bafite za nzabya ndwi arambwira ati “Ngwino nkwereke iteka maraya ukomeye azacirwaho, yicara ku mazi menshi.
Ni we abami bo mu isi basambanaga na we, abari mu isi bagasinda inzoga ari zo busambanyi bwe.”
Anjyana mu butayu ndi mu Mwuka, mbona umugore yicaye ku nyamaswa itukura yuzuye amazina yo gutuka Imana, ifite imitwe irindwi n’amahembe cumi.
Uwo mugore yari yambaye umwenda w’umuhengeri n’uw’umuhemba. Yari arimbishijwe n’izahabu n’amabuye y’igiciro cyinshi n’imaragarita, mu intoki ze yari afite igikombe cy’izahabu cyuzuye ibizira n’imyanda y’ubusambanyi bwe.
Mu ruhanga rwe afite izina ry’amayoberane ryanditswe ngo BABULONI IKOMEYE, NYINA W’ABAMARAYA, KANDI NYINA W’IBIZIRA BYO MU ISI.
Aha ni ho hakwiriye ubwenge n’ubuhanga. Iyo mitwe irindwi ni yo misozi irindwi uwo mugore yicaraho. Kandi ni yo bami barindwi: abatanu baraguye, umwe ariho undi ntaraza, kandi naza azaba akwiriye kumara igihe gito. Ya nyamaswa yariho ikaba itakiriho, iyo ubwayo ni uwa munani, nyamara kandi ni umwe muri ba bandi barindwi kandi arajya kurimbuka. Ya mahembe cumi wabonye ni yo bami cumi batarīma, ariko bahabwa gutegekera hamwe na ya nyamaswa nk’abami kumara isaha imwe. Abo bahuje inama, baha ya nyamaswa imbaraga zabo n’ubutware bwabo.
Bazarwanya Umwana w’Intama, ariko Umwana w’Intama azabanesha, kuko ari we Mutware utwara abatware n’Umwami w’abami, kandi abari hamwe na we bahamagawe batoranijwe bakiranutse na bo bazayinesha.” Nuko arambwira ati “Ya mazi wabonye wa maraya yicaraho, ni yo moko n’amateraniro y’abantu n’amahanga n’indimi. Ya mahembe cumi wabonye na ya nyamaswabizanga maraya uwo, bimunyage bimucuze birye inyama ze, bimutwike akongoke. Kuko Imana yashyize mu mitima yabyo gukora ibyo yagambiriye, no guhuza inama no guha ya nyamaswa ubwami bwabyo, kugeza aho amagambo y’Imana azasohorera. Wa mugore wabonye ni we wa mudugudu ukomeye utegeka abami bo mu isi.
Ibyahishuwe 19: 11-16
Mbona ijuru rikinguye kandi ngiye kubona mbona ifarashi y’umweru. Uhetswe na yo yitwa Uwo kwizerwa, kandi Uw’ukuri. Ni we uca imanza zitabera akarwana intambara zikwiriye.
Amaso ye ni ibirimi by’umuriro no ku mutwe we afite ibisingo byinshi, kandi afite izina ryanditswe ritazwi n’umuntu wese keretse we wenyine.
Yambaye umwenda winitswe mu maraso kandi yitwa Jambo ry’Imana.
Ingabo zo mu ijuru ziramukurikira zihetswe n’amafarashi y’imyeru, zambaye imyenda y’ibitare myiza, yera kandi itanduye.
Mu kanwa ke havamo inkota ityaye kugira ngo ayikubite amahanga, azayaragize inkoni y’icyuma. Yengesha ibirenge mu muvure w’inkazi y’umujinya w’Imana Ishoborabyose.
Kandi ku mwenda we no ku kibero cye afite izina ryanditsweho ngo UMWAMI W’ABAMI, N’UMUTWARE UTWARA ABATWARE.
Yoweli 2:25
Nzabashumbusha imyaka inzige zariye, n’iyariwe n’uburima n’ubuzikira na kagungu, za ngabo zanjye zikomeye nabateje.
Amos 3: 6-7
Mbese impanda yavugirizwa mu mudugudu abantu ntibagire ubwoba? Hari ibibi byatera umudugudu Uwiteka atari we ubizanye?
Ibindi byose ubishyire ku ruhande, nta kintu cy’ingenzi gihari cyaruta Ijambo Ryanjye. Ndabizi ko umwanzi arimo kugerageza kubakubita hasi, ariko nabasezeranije ko nzabahagurutsa. Ndi kumwe namwe, ndetse MURI MWE. Wowe na Njye turimo turaba Umwe mu gihe nguhishurira Ijambo Ryanjye.
Urabizi mu mutima wawe, wowe URI Umwamikazi Wanjye Mugeni. Urabizi ko nakumenye mbere. Urabizi ko ngukunda. Urabizi ko Mba Ndi kumwe nawe buri segonda rya buri munsi. Urabizi ko NTAZIGERA NKUREKA.
Turaza kuba tugira ibihe bitangaje mu gihe nguhishurira biruseho kuri buri Cyumweru, buri munsi, mu gihe unyumva Mvuga binyuze muri marayika Wanjye kuri wowe. Abandi bashobora kutambyumva cyangwa ngo babone ibyo muri kubona, ariko birashimangiye mu mutima wawe ko iyi ariyo Nzira Yanjye Nateguye.
Mbona marayika wundi ukomeye amanuka ava mu ijuru yambaye igicu, umukororombya uri ku mutwe we, mu maso he hasa n’izuba, ibirenge bye bisa n’inkingi z’umuriro.
Mu intoki ze yari afite agatabo kabumbutse. Nuko ashyira ikirenge cye cy’iburyo ku nyanja, n’icy’ibumoso agishyira ku butaka.
Ibyahishuwe 12: 7-9
Mu ijuru habaho intambara. Mikayeli n’abamarayika be batabarira kurwanya cya kiyoka, ikiyoka kirwanana n’abamarayika bacyo.
Ntibanesha kandi mu ijuru ahabo ntihaba hakiboneka.
Cya kiyoka kinini kiracibwa, ari cyo ya nzoka ya kera yitwa Umwanzi na Satani, ari cyo kiyobya abari mu isi bose. Nuko kijugunywa mu isi, abamarayika bacyo bajugunyanwa na cyo.
Ibyahishuwe 13:16
Itera bose aboroheje n’abakomeye, n’abatunzi n’abakene, n’ab’umudendezo n’ab’imbata, gushyirwaho ikimenyetso ku kiganza cy’iburyo cyangwa mu ruhanga,
Ibyahishuwe 19: 11-16
Mbona ijuru rikinguye kandi ngiye kubona mbona ifarashi y’umweru. Uhetswe na yo yitwa Uwo kwizerwa, kandi Uw’ukuri. Ni we uca imanza zitabera akarwana intambara zikwiriye.
Amaso ye ni ibirimi by’umuriro no ku mutwe we afite ibisingo byinshi, kandi afite izina ryanditswe ritazwi n’umuntu wese keretse we wenyine.
Yambaye umwenda winitswe mu maraso kandi yitwa Jambo ry’Imana.
Ingabo zo mu ijuru ziramukurikira zihetswe n’amafarashi y’imyeru, zambaye imyenda y’ibitare myiza, yera kandi itanduye.
Mu kanwa ke havamo inkota ityaye kugira ngo ayikubite amahanga, azayaragize inkoni y’icyuma. Yengesha ibirenge mu muvure w’inkazi y’umujinya w’Imana Ishoborabyose.
Kandi ku mwenda we no ku kibero cye afite izina ryanditsweho ngo UMWAMI W’ABAMI, N’UMUTWARE UTWARA ABATWARE.
Malaki igice cya 3
Dore nzatuma integuza yanjye, izambanziriza intunganyirize inzira. Umwami mushaka azāduka mu rusengero rwe, kandi intumwa y’isezerano mwishimana dore iraje. Ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga. Ni nde uzabasha kwihangana ku munsi wo kuza kwe? Kandi ni nde uzahagarara ubwo azaboneka? Kuko ameze nk’umuriro w’umucuzi, n’isabune y’abameshi.
Dore hazaba umunsi utwika nk’itanura ry’umuriro, abibone bose n’inkozi z’ibibi zose bazaba ibishingwe, maze habe umunsi uzabatwika bashire, ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga, ntuzabasigira umuzi cyangwa ishami. Ariko mwebweho abubaha izina ryanjye, Izuba ryo gukiranuka rizabarasira rifite gukiza mu mababa yaryo, maze muzasohoka mukinagire nk’inyana zo mu kiraro. Kandi muzaribatira abanyabyaha hasi, bazaba ivu munsi y’ibirenge byanyu ku munsi nzabikoreraho. Ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga. Nimwibuke amategeko y’umugaragu wanjye Mose, ayo namutegekeye i Horebu yari ay’Abisirayeli bose, yari amategeko n’amateka.
Dore nzaboherereza umuhanuzi Eliya, umunsi w’Uwiteka ukomeye kandi uteye ubwoba utaragera. Uwo ni we uzasanganya imitima ya ba se ku bana n’imitima y’abana ku ya ba se, kugira ngo ntazaza kurimbuza isi umuvumo.
guhumurizwa kwacu konyine n’amahoro bituruka mu kumva Ijwi ry’Imana rivugana natwe, hanyuma tukongera kuvugana na Data kubwo kumutura ibitambo by’imbuto z’iminwa yacu, duhimbaza Izina Ryayo.
Iyi si yose iraniha. Ibyaremwe biraniha. Turimo turaniha kandi dutegereje kuza k’Umwami. Iyi si ntacyacu ifite. Turiteguye kuva aha maze tukajya mu Birori by’Ubukwe no mu Buturo bw’Ahazaza hamwena We n’abo bose bamaze kuhagera, aho hakurya y’inyegamo y’igihe, baradutegereje.
Reka duhaguruke maze twicuguse! Dukomange amarangamutima yacu, dukangukire kureba ibirimo kubaho ubu ndetse n’ibigiye kubaho mu gihe cyo guhumbya no guhumbura.
Ntibyigeze bibaho mu mateka y’isi aho byigeze bishoboka ko Umugeni wa Kristo yiyunga hamwe ku isi hose, bose ku isaha imwe, kugira bumve Ijwi ry’Imana rivuga kandi rihishurira Umugeni Wayo Ijambo.
Abizera, baribaza ubwabo, ni irihe jwi, ni uwuhe mukozi w’Imana, n’uwuhe muntu, washobora kunga hamwe no kuzana Umugeni wa Kristo ngo ajye hamwe? Niba uri Umugeni wa Kristo, urabizi neza ko nta rindi Jwi uretse Ijwi ry’Imana riri ku makasete.
Yego, Umwuka Wera ari muri buri umwe wese muri twe, buri mukozi mu itorero, ariko Imana Ubwayo yatubwiye ko izacira isi urubanza ikoresheje Ijambo Ryayo. Umugeni azi Ijambo Ryayo ko rituruka ku muhanuzi Wayo. Umuhanuzi Wayo niwe musobanuzi WENYINE w’Ijambo ry’Imana. Icyo avuze ntawe ushobora kugira icyo yongeraho cyangwa ngo akureho. Ni Ijambo, riri ku makasete, ibyo nibyo twese bazaducira urubanza bakoresheje, kandi nta yandi magambo cyangwa ubusobanuro bw’iryo Jambo.
Ntibishoboka kurindi jwi ryose kunga Umugeni. Ni Ijwi ry’Imana ryonyine riri ku makasete rishobora kunga Umugeni Wayo. Niryo Jambo ryonyine Umugeni wese ashobora kwemeranyaho. Niryo Jwi ryonyine Imana Ubwayo yahamirije ko ari Ijwi Ryayo ku Mugeni Wayo. Umugeni Wayo agomba kugira Igitekerezo Kimwe n’Umutima Uhuye kugira ngo abe hamwe na We.
Niba ufite Guhishurirwa kw’ibyo, noneho iki nicyo kigiye kubaho.
Ijambo ritubwira ko Adamu yatakaje umurage we, ari wo si. Yavuye mu kiganza cye ijya mu kiganza cy’uwo yayigurishijeho, ariwe Satani. Yaguranye kwizera kwe mu Mana, abigurana ibitekerezo bya Satani. Yanyazwe buri gace kose kajya mu biganza bya Satani. Yabikuye mu kiganza cye abishyira mu kiganza cya Satani.
Imana ni Imana y’isi yose, ahantu hose, ariko umwana Wayo, yari afite isi mu buyobozi Bwe. Yashoboraga kuvuga, yashoboraga kwita amazina, yashoboraga kurangurura, agahagarika ibyaremwe, yarashoboye icyo ashatse cyose. Yari afite mu buryo bwuzuye ndetse bw’ikirenga ubuyobozi bw’isi.
Adamu yarabitakaje byose, ariko icyubahiro kibe icy’Imana, ibyo yatakaje byose kandi akabinyagwa byacunguwe na Mwene Wacu wa Bugufi, nta wundi utari Imana Ishobora Byose, yahindutse Imanuweli, umwe muri twe. UBU, NI IBYACU.
Turi abahungu n’abakobwa Be abo bazima kandi bakaba abami n’abatambyi hamwe na We. Dufite ubugingo buhoraho hamwe na We ndetse n’abo bose bamukunda. Nta kongera kurwara, nta gahinda, nta rupfu, hamwe n’iteka.
Mu gutekereza ibyo, ni gute twashobora kwemerera satani kudushyira hasi? Ni IBYACU, aho niho twerekeje vuba aha. Yaduhaye ikintu gikomeye cyane Yashobora kuduha. Iyi minsi mike y’ibipimo n’ibigeragezo kuri iyi si irimo irashira vuba binyuze MU NTSINZI IKOMEYE ISIGAJE IMINSI MIKE IMBERE YACU.
KWIZERA Kwacu kurakomeye bitigeze kubaho. Umunezero wacu ni mwinshi bitigeze bibaho. Tuzi abo turibo n’aho tugiye. Turabizi ko turi mu Bushake Bwayo butunganye hamwe n’Ijambo Ryayo. Icyo ducyeneye gukora gusa ni ukugumana n’aya makasete kandi tukizera buri Jambo; atari uko tubisobanukiwe byose, AHUBWO TWIZERA BURI JAMBO… kandi TURABIKORA.
Kwizera kuzanwa no kumva, kumva Ijambo. Ijambo riza ku muhanuzi. Imana yararivuze. Imana irifata amajwi, Imana irarihishura. Twe turaryumva. Twe tukaryizera.
Mwashobora kwakira uku Guhishurirwa binyuze mu Ijwi ry’IMANA riri ku makasete.
Ibyo byose Kristo azakora ku iherezo tuzabihishurirwa muri iki cyumweru, mu Bimenyetso Birindwi, niba Imana ibitwemereye. Murabona ? Byiza cyane. Bizahishurwa, Kandi nibihishurwa, uko Ibimenyetso birindwi bizagenda bimenwa, kandi tukabihabwa, noneho dushobora kubona uwo mugambi w’ugucungurwa uwo ari wo, gihe ki na buryo ki uzagerwaho. Ibyo byose bihishwe muri iki Gitabo cy’ubwiru, hano. Gifatanishije ibimenyetso, gifungishijwe Ibimenyetso Birindwi…Kandi noneho Umwana w’Intama ni we wenyine wabasha kubimena.
Kuri iki Cyumweru 12:00 z’amanywa, ku isaha y’I Jeffersonville, igice cy’Umugeni wo ku isi hose azaba arimo kumva Ijwi ry’Imana bose ku isaha imwe. Tuzaba tunyeganyeza ijuru hamwe n’amasengesho yacu no kumuhimbaza. Ndabatumira kugira ngo muze mwiyunge natwe mu gihe twumva: Icyuho kiri hagati y’Ibisekuru Birindwi by’itorero n’Ibimenyetso Birindwi 63-0317E
Ntimuze kwibagirwa impinduka z’amasaha muri Jeffersonville kuri iyi mpera y’icyumweru
Umunsi abahanuzi n’abanyabwenge bifuzaga kandi bagategerezanya amatsiko kuva ku itangira ry’igihe, urimo kubaho. Marayika ukomeye uwo Imana yavuze ko Izohereza ku isi mu minsi ya nyuma yaje kumena no guhishura ubwiru bw’Imana buhishwe, bityo Umwami Wacu Yesu akagaruka kubw’Umugeni We wo kwizerwa maze Akatujyana mu Birori by’Ubukwe.
Inshingano yanjye ya mbere, nkuko ninjiye muri uru rusengero rushya, nashyingiye umusore n’inkumi bahagaze mu biro byanjye. Reka bibe urugero, ko nzaba umukozi ukiranukira Kristo, kugira ngo ngeze Umugeni ku kwitegura kubw’ibirori by’ubukwe kubw’uwo Munsi.
Uyu munsi, iri Jambo ririmo rirasohora. Imana irimo iravugira muri marayika Wayo, iha Umugeni Wayo kwitegura kubw’ibirori by’Ubukwe kuri uwo Munsi. Turimo turakurikira amabwiriza uko ari. Umugeni yariteguye Ubwe kubwo KUGUMANA N’IJWI RY’IMANA RIRI KU MAKASETE.
Mbese ni iki twumvise muri izo nzozi n’amayerekwa? Ibyo Kurya, NGAHA AHO BIRI, aha niho hantu. Ijwi ryavuganye na we ngo, “Injiza Ibyo Kurya. Bihunike. Ubwo nibwo buryo bwo kubarindira hano, ni ukubaha Ibyo Kurya. “
Benshi bizera ko bivuze gusa ngo, “mugumane n’Ijambo,” kandi ibyo NI UKURI; ibyo arabivuga; ariko Umugeni nawe azasoma hagati mu mirongo nkuko Umukwe abibwira Umugeni We.
Habe n’amayerekwa ayo Imana itanga aha hantu, nayo yumviswe nabi. Iyo niyo mpamvu munyumva ku makasete, mvuga ngo, “Muvuge icyo amakasete avuga. Muvuge icyo amayerekwa avuga. ” Noneho, niba mukangutse bihagije, hari icyo muzabona. Murabona? Murabona? Ndibwira ko ntakwiriye kubifata mu kiganza ngo maze mbibereke.
Ndabizi ko Ijambo rigira ubusobanuro burenze bumwe, ariko ubu ni ubusobanuro bwanjye: inzozi n’amayerekwa byose bivuga ikintu kimwe; mugumane n’amakasete. Niba ufite ikibazo, jya kuri kasete. Amakasete ni Ibyo Kurya by’Imana byahunitswe. Mugumane n’ibiri ku makasete; ntimugire icyo mwongeraho kuri Yo. Amakasete ni Uku Niko Uwiteka Avuze ku Mugeni. Ijambo riza ku muhanuzi, wenyine. Umuhanuzi niwe musobanuzi WENYINE wa kimana w’Ijambo. Umuhanuzi yagombaga guhamagara no kuyobora Umugeni. Nzacirwa urubanza bagendeye kucyavuzwe ku MAKASETE.
Buri kintu cyose kirimo kiradutungira urutoki ku MAKASETE.
Bakundwa Myangage yo mu Kibaya, kuri njye, MU GUKANDAHO BIKAVUGA NI IMANA MU BURYO BUCIYE BUGUFI KUBW’UYU MUNSI.
Buri cyumweru ndushaho kugira amatsiko; mbese ni iki agiye kuduhishurira uyu munsi nk’Umugeni We uteraniye hamwe kugira ngo yumve Ubutumwa? Ndabizi ko Umwuka Wera aza kuba asiga buri wese muri twe mu gihe Ahishura Ijambo Ryayo kurusha uko byigeze bibaho mbere. Ndiyumvamo ko ari Umwuka Wera uraba urimo kudusiga ahishura Ijambo Ryayo kuruta uko byaba byarigeze kubaho. Niyumvamo, ko mu kanya gato, Azaza maze Akatujyana mu Birori by’Ubukwe.
Iki nicyo, Kimenyetso. Iki nicyo, gihe. Ubu nibwo, Butumwa. Iri niryo, Jambo. Iri niryo, Jwi ry’Imana. Uyu niwe, Mwana w’Umuntu. Iyi niyo, nzira Imana yateguye. Iri niryo, herezo ry’igihe.
Nta muhanuzi, nta ntumwa, ntihigeze na rimwe, mu gihe icyo aricyo cyose, habaho abigeze kubaho mu gihe nk’icyo turi kubamo ubu. Byanditswe mu kirere. Biranditse ku isi. Birandikwa mu binyamakuru. Iri niryo herezo, niba mushobora gusoma inyandiko yanditswe n’ikiganza.
Muze kandi mwumve mu gihe Ivugana natwe kandi iduhishurira binyuze mu byanditswe, binyuze mu mayerekwa, binyuze mu gusobanura inzozi, mu kugumana n’Ubutumwa, mu kugumana n’amabande. Muvuge GUSA ikiri ku mabande.
Nta nzira nziza, nta n’inzira yizewe, yaruta kumva Ijwi ry’Imana riturutse ku Mana Ubwayo. Imana yategetse Umugeni Wayo kubwo kuvuga inyuze mu muhanuzi Wayo kandi ikatubwira GUKANDAHO BIKAVUGA, nibyo nta bindi.
Mubuvuge, mububwirize, mubuhamye, kandi mubwire isi kubijyanye nabwo, ariko Itubwira ko hari inzira imwe itunganye yatanzwe ku Mugeni: Kumva Ijwi ry’Imana ku mabande. Niba hari ikintu kikwisobye, vuza kasete. Rigomba kuba IRYAMBERE, niryo Jwi ry’ingenzi cyane mugomba kumva. Niryo Jambo Ryayo ritunganye Yashyize kuri kasete.
Noneho mugereranye ibyo n’ibindi, inzozi. Iri niryo yerekwa. Ibyo Kurya, ngIbi hano. Aha niho hantu.
Mwumve, binyuze mu nzozi no mu mayerekwa, Ibyo Kurya by’Umugeni nihe biri? Aho hantu ni he? Ubutumwa bw’Umugeni buri ku makasete.
Kandi aha numva ari nko mu rugo, kuri njye. Aha niho hantu. Kandi nimubyitegereza, inzozi zivuga icyo kintu kimwe, murabona, aho Ibyo Kurya biri.
Mu kuba duhamirijwe ko tuBifite, yongera kutubwira indi nshuro, amakasete ni Ibyo Kurya by’Umugeni.
“Nta gihe gisigaye.” Niba ariko biri, reka twitegure ubwacu, nshuti, kugira ngo duhure n’Imana yacu
Yego, Mwami, icyo nicyo cyifuzo cy’umutima wacu, kuba twiteguye kumusanganira, kuba Umugeni Wawe. Ni iki dukwiriye gukora Mwami? Ese inzira Yawe wateguye ni iyihe? Gahunda Yawe ni iyihe? Inzira Yawe intunganye ni iyihe? Watwoherereje umuhanuzi kugira ngo ujye uvugira muri we Utubwire. Utwigishe Nyamuneka.
Hari Ibyo Kurya byinshi bishyizwemo aho ubu. Reka tubikoreshe. Reka tubikoreshe ubu.
Ni gute hagira uba impumyi? Atubwira icyo tugomba gukora: hari ibyo kurya byinshi bihunitse ku makasete; mubikoreshe UBUNGUBU. Aya niyo mabwiriza y’Imana ku Mugeni Wayo.
Niba uhamya ko wizera ubu Butumwa, izere William Marrion Branham ko ari umuhanuzi tumwa y’Imana yatumwe guhamagara Umugeni ngo asohoke; ubuzima bwe bwuzuza ibyanditswe byavuze kuri we; mwizere Niryo Jwi ry’Imana kubw’iki gihe, noneho YO; Imana, ivuga binyuze mu muhanuzi Wayo, Ibwira Umugeni icyo akwiriye gukora mu Cyongereza cyoroheje.
Ndashaka gutumira isi kugira ngo mwifatanye natwe kuri iki Cyumweru I Saa Sita z’Amanywa. Ku Isaha y’I Jeffersonville, mu gihe twumva: ” 62-1230e Mugabo, Iki Nicyo Kimenyetso Cy’Imperuka?” Turaza kuba twumva byose byerekeranye:
Nta kintu gikomeye muri ubu buzima cyaruta kumva no kumvira Ijwi ry’Imana.
Mwene Data Joseph Branham
Ibyanditswe :
Malaki Igice cya 4
1 Dore hazaba umunsi utwika nk’itanura ry’umuriro, abibone bose n’inkozi z’ibibi zose bazaba ibishingwe, maze habe umunsi uzabatwika bashire, ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga, ntuzabasigira umuzi cyangwa ishami. 2 Ariko mwebweho abubaha izina ryanjye, Izuba ryo gukiranuka rizabarasira rifite gukiza mu mababa yaryo, maze muzasohoka mukinagire nk’inyana zo mu kiraro. 3 Kandi muzaribatira abanyabyaha hasi, bazaba ivu munsi y’ibirenge byanyu ku munsi nzabikoreraho. Ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga. 4 Nimwibuke amategeko y’umugaragu wanjye Mose, ayo namutegekeye i Horebu yari ay’Abisirayeli bose, yari amategeko n’amateka.
5 Dore nzaboherereza umuhanuzi Eliya, umunsi w’Uwiteka ukomeye kandi uteye ubwoba utaragera. 6 Uwo ni we uzasanganya imitima ya ba se ku bana n’imitima y’abana ku ya ba se, kugira ngo ntazaza kurimbuza isi umuvumo.
Matayo 13: 3-50
1 Uwo munsi Yesu asohoka mu nzu, yicara mu kibaya cy’inyanja.
2 Abantu benshi bateranira aho ari, bituma yikira mu bwato yicaramo, abantu bose bahagarara mu kibaya.
3 Abigisha byinshi, abacira imigani aravuga ati “Umubibyi yasohoye imbuto.
4 Akibiba zimwe zigwa mu nzira, inyoni ziraza zirazitoragura.
5 Izindi zigwa ku kara kadafite ubutaka bwinshi, uwo mwanya ziramera kuko ubutaka atari burebure,
31 Abacira undi mugani ati “Ubwami bwo mu ijuru bugereranywa n’akabuto ka sinapi, umuntu yenze akakabiba mu murima we.
32 Na ko ni gato hanyuma y’imbuto zose, nyamara iyo gakuze kaba kanini kakaruta imboga zose kakaba igiti, maze inyoni zo mu kirere zikaza zikarika ibyari mu mashami yacyo.”
33 Abacira undi mugani ati “Ubwami bwo mu ijuru bugereranywa n’umusemburo umugore yenze, akawuhisha mu myariko itatu y’ifu kugeza aho iri busemburwe yose.”
34 Ayo magambo yose Yesu ayigisha abantu mu migani, kandi nta cyo yabigishaga atabaciriye umugani,
35 kugira ngo ibyavuzwe n’umuhanuzi bisohore ngo”Nzabumbura akanwa kanjye nce imigani,Nzavuga amagambo yahishwe uhereye ku kuremwa kw’isi.”
36 Maze asezera ku bantu yinjira mu nzu, abigishwa be baramwegera bati “Dusobanurire umugani w’urukungu rwo mu murima.”
37 Arabasubiza ati “Ubiba imbuto nziza ni Umwana w’umuntu,
38 umurima ni isi, imbuto nziza ni zo bana b’ubwami, urukungu ni abana b’Umubi,
39 umwanzi warubibye ni Umwanzi, isarura ni imperuka y’isi, abasaruzi ni abamarayika.
40 Nk’uko urukungu rurandurwa rugatwikwa, ni ko bizaba ku mperuka y’isi.
41 Umwana w’umuntu azatuma abamarayika be, bateranye ibintu bigusha byose n’inkozi z’ibibi babikure mu bwami bwe,
42 babajugunye mu itanura ry’umuriro. Ni ho bazaririra bakahahekenyera amenyo.
47 Nuko kandi ubwami bwo mu ijuru bugereranywa n’urushundura bajugunya mu nyanja, ruroba ifi z’amoko yose. 48 Iyo rwuzuye barukururira ku nkombe, bakicara bagatoranyamo inziza bakazishyira mu mbehe, imbi bakazita. 49 Uko ni ko bizaba ku mperuka y’isi: abamarayika bazasohoka batoranye abanyabyaha mu bakiranutsi, 50 babajugunye mu itanura ry’umuriro, ni ho bazaririra bakahahekenyera amenyo. 51 Ayo magambo yose aho murayumvise?” Baramusubiza bati “Yee.”
25 Bene Data kugira ngo mutabona uko mwirata ndashaka ko mumenya iby’iri banga: Abisirayeli bamwe banangiwe imitima ariko si bose, kugeza ubwo abanyamahanga bazinjira mu Itorero bakagera ku mubare ushyitse.
Abaroma 16:25
25 Imana ibasha kubakomeresha ubutumwa bwiza no kubwiriza ko ibya Yesu Kristo nababwirije bihuza n’ibanga ryahishwe uhereye kera kose,
1 Abakorinto 14: 8/
8 Kandi n’impanda na yo ivuze ijwi ritamenyekana, ni nde wakwitegura gutabara?
1 Abakorinto igice cya 15
1 Bene Data, ndabamenyesha ubutumwa bwiza nababwirije, ubwo mwakiriye mukabukomereramo
10 Ariko ubuntu bw’Imana ni bwo bwatumye mba uko ndi, kandi ubuntu bwayo nahawe ntibwabaye ubw’ubusa, ahubwo nakoze imirimo myinshi iruta iya bose, nyamara si jye ahubwo ni ubuntu bw’Imana buri kumwe nanjye.
11 Nuko rero ari jye cyangwa bo, ibyo ni byo tubabwiriza, namwe ni byo mwizeye.
12 Ariko ubwo abantu babwiriza ibya Kristo yuko yazutse, bamwe muri mwe bavuga bate yuko nta wuzuka?
13 Niba nta wuzuka na Kristo ntarakazuka,
14 kandi niba Kristo atazutse ibyo tubwiriza ni iby’ubusa, no kwizera kwanyu kuba kubaye uk’ubusa.
15 Ndetse natwe tuba tubonetse ko turi abagabo bo guhamya Imana ibinyoma, kuko twayihamije yuko yazuye Kristo, uwo itazuye niba abapfuye batazuka.
16 Niba abapfuye batazuka na Kristo ntarakazuka,
17 kandi niba Kristo atazutse kwizera kwanyu ntikugira umumaro, ahubwo muracyari mu byaha byanyu.
18 Kandi niba bimeze bityo, n’abasinziriye muri Kristo bararimbutse.
19 Niba muri ubu bugingo Kristo ari we twiringiye gusa, tuba duhindutse abo kugirirwa impuhwe kuruta abandi bantu bose.
20 Ariko noneho Kristo yarazutse, ni we muganura w’abasinziriye,
21 kuko ubwo urupfu rwazanywe n’umuntu, ni ko no kuzuka kw’abapfuye kwazanywe n’umuntu.
22 Nk’uko bose bokojwe gupfa na Adamu, ni ko bose bazahindurwa bazima na Kristo,
23 ariko umuntu wese mu mwanya we kuko Kristo ari we muganura, maze hanyuma aba Kristo bakazabona kuzuka ubwo azaza.
24 Ni bwo imperuka izaherako isohore, ubwo azashyikiriza Imana ubwami, ari yo Data wa twese, amaze gukuraho ingoma zose n’ubutware bwose n’imbaraga zose,
54 Ariko uyu ubora numara kwambikwa kutabora, n’uyu upfa ukambikwa kudapfa, ni bwo hazasohora rya jambo ryanditswe ngo “Urupfu rumizwe no kunesha.”
55 Wa rupfu we, kunesha kwawe kuri he? Wa rupfu we, urubori rwawe ruri he?
56 Ibyaha ni byo rubori rw’urupfu, kandi imbaraga z’ibyaha ni amategeko.
57 Ariko Imana ishimwe iduha kunesha ku bw’Umwami wacu Yesu Kristo.
58 Nuko bene Data bakundwa, mukomere mutanyeganyega murushaho iteka gukora imirimo y’Umwami, kuko muzi yuko umuhati wanyu atari uw’ubusa ku Mwami.
Abagalatiya 2:20
20 Nabambanywe na Kristo ariko ndiho, nyamara si jye uriho, ahubwo ni Kristo uriho muri jye. Ibyo nkora byose nkiriho mu mubiri, mbikoreshwa no kwizera Umwana w’Imana wankunze akanyitangira.
Abefeso 3: 1-11 /
1 Ni cyo gituma jyewe Pawulo ndi imbohe ya Kristo Yesu, mbohewe mwebwe abanyamahanga.
14 Ubwo twemeye yuko Yesu yapfuye akazuka, abe ari ko twizera yuko Imana izazanana na Yesu abasinziririye muri we.
15 Iki ni cyo tubabwira tukibwirijwe n’ijambo ry’Umwami wacu yuko twebwe abazaba bakiriho, basigaye kugeza ku kuza k’Umwami, tutazabanziriza na hato abasinziriye.
16 Kuko Umwami ubwe azaza amanutse ava mu ijuru aranguruye ijwi rirenga, hamwe n’ijwi rya marayika ukomeye n’impanda y’Imana, nuko abapfiriye muri Kristo ni bo bazabanza kuzuka,
17 maze natwe abazaba bakiriho basigaye duhereko tujyananwe na bo, tuzamuwe mu bicu gusanganira Umwami mu kirere. Nuko rero tuzabana n’Umwami iteka ryose.
1 Timoteyo 3:16
16 Si ugushidikanya, ubwiru bw’ubumana burakomeye cyane: Imana kwerekanwa ifite umubiri, ikagaragara ko ari umukiranutsi mu mwuka, ikabonwa n’abamarayika, ikamamazwa mu banyamahanga, ikizerwa mu isi, ikazamurwa igahabwa ubwiza.
Abaheburayo 13: 8
8 Yesu Kristo uko yari ari ejo, n’uyu munsi ni ko ari kandi ni ko azahora iteka ryose.
1 Mbona marayika wundi ukomeye amanuka ava mu ijuru yambaye igicu, umukororombya uri ku mutwe we, mu maso he hasa n’izuba, ibirenge bye bisa n’inkingi z’umuriro.
2 Mu intoki ze yari afite agatabo kabumbutse. Nuko ashyira ikirenge cye cy’iburyo ku nyanja, n’icy’ibumoso agishyira ku butaka.
7 ahubwo mu minsi y’ijwi rya marayika wa karindwi ubwo azatangira kuvuza impanda, ni ho ubwiru bw’Imana buzaba busohoye nk’uko yabwiye imbata zayo ari zo bahanuzi.”
Ibyahishuwe igice cya 17
1 Haza umwe wo muri ba bamarayika barindwi bari bafite za nzabya ndwi arambwira ati “Ngwino nkwereke iteka maraya ukomeye azacirwaho, yicara ku mazi menshi.
2 Ni we abami bo mu isi basambanaga na we, abari mu isi bagasinda inzoga ari zo busambanyi bwe.”
3 Anjyana mu butayu ndi mu Mwuka, mbona umugore yicaye ku nyamaswa itukura yuzuye amazina yo gutuka Imana, ifite imitwe irindwi n’amahembe cumi.
4 Uwo mugore yari yambaye umwenda w’umuhengeri n’uw’umuhemba. Yari arimbishijwe n’izahabu n’amabuye y’igiciro cyinshi n’imaragarita, mu intoki ze yari afite igikombe cy’izahabu cyuzuye ibizira n’imyanda y’ubusambanyi bwe.
5 Mu ruhanga rwe afite izina ry’amayoberane ryanditswe ngo BABULONI IKOMEYE, NYINA W’ABAMARAYA, KANDI NYINA W’IBIZIRA BYO MU ISI.
9 Aha ni ho hakwiriye ubwenge n’ubuhanga. Iyo mitwe irindwi ni yo misozi irindwi uwo mugore yicaraho. 17 10 Kandi ni yo bami barindwi: abatanu baraguye, umwe ariho undi ntaraza, kandi naza azaba akwiriye kumara igihe gito. 11 Ya nyamaswa yariho ikaba itakiriho, iyo ubwayo ni uwa munani, nyamara kandi ni umwe muri ba bandi barindwi kandi arajya kurimbuka. 12 Ya mahembe cumi wabonye ni yo bami cumi batarīma, ariko bahabwa gutegekera hamwe na ya nyamaswa nk’abami kumara isaha imwe.
13 Abo bahuje inama, baha ya nyamaswa imbaraga zabo n’ubutware bwabo.
14 Bazarwanya Umwana w’Intama, ariko Umwana w’Intama azabanesha, kuko ari we Mutware utwara abatware n’Umwami w’abami, kandi abari hamwe na we bahamagawe batoranijwe bakiranutse na bo bazayinesha.”
15 Nuko arambwira ati “Ya mazi wabonye wa maraya yicaraho, ni yo moko n’amateraniro y’abantu n’amahanga n’indimi.
16 Ya mahembe cumi wabonye na ya nyamaswabizanga maraya uwo, bimunyage bimucuze birye inyama ze, bimutwike akongoke.
17 Kuko Imana yashyize mu mitima yabyo gukora ibyo yagambiriye, no guhuza inama no guha ya nyamaswa ubwami bwabyo, kugeza aho amagambo y’Imana azasohorera.
18 Wa mugore wabonye ni we wa mudugudu ukomeye utegeka abami bo mu isi.
Ni iki cyenda gukurikiraho? Ibuye riraje. Turi maso, dutegereje kandi dusenga buri munota na buri munsi. Nta kindi twitayeho uretse kwitegura ubwacu kubwo kuza Kwe.
Ntabwo ari ukuvuga ngo, “niko tubitekereza”, TURABIZI. Nta gushidikianya. Mu kanya gato, mu kanya nk’ako guhumbya no guhumbura biba birangiye, kandi tuzaba turi kurundi ruhande hamwe n’abo dukunda bose na WE aho mu Birori by’Ubukwe.
KANDI UKO NI UGUTANGIRA… KANDI NTABWO BIGIRA IHEREZO!!
Muze mwitegure kubw’ibyo Birori by’Ubukwe hamwe na twe kuri iki Cyumweru I Saa Sita z’Amanywa, ku isaha y’I Jeffersonville, mu gihe Imana ivuga inyuriye muri marayika Wayo ukomeye, uwo Yatumye kugira ngo ayobore Umugeni Wayo, mu gihe avuga, kandi agahishura, iby’amabanga y’Imana byose.
Mwene Data Joseph Branham
Ubutumwa: 61-0806 – Icyumweru cya mirongo irindwi cya Daniel
Twuburiye amaso yacu mu Ijuru mu gusenga no kwinginga kugira ngo tumenye umunsi n’isaha nyirizina turi kubamo.
Kurusha uko byigeze kubaho mbere, twicaye ahantu ho mu ijuru, hirya no hino mu isi, turimo twumva Imana ivuga kandi Iduhishurira Ijambo Ryayo binyuze mu ntumwa marayika ukomeye. Intumwa marayika wo ku isi uwo Data yoherereje Umugeni We muri iyi minsi yanyuma kugira ngo ahishure Ijambo Rye.
Gabrieli ni marayika w’ubwoko bw’Imana bwatoranijwe, Abisiraheli. Ariko ku Mugeni Wayo w’Umunyamahanga, Melikisedeki Ubwe araza maze akavuga anyuriye mu minwa y’umuntu muri marayika wo ku isi witwa William Marrion Branham, bityo Ashobora kuvuga kandi agahishurira Ijambo Rye RYOSE Umugeni We mukundwa
Yemeye ko rifatwa amajwi, Irarihunika, kandi Irarizigama, kugira ngo Umugeni azabashe kubona Ibyo Kurya Bye by’Umwuka, Manu yahishwe, biri ku mitwe y’intoki ze buri munota wa buri munsi kugeza ku mperuka y’isi.
Ndetse Ahishurira Umugeni We ibizaba birimo kubaho hano ku isi mu gihe tuzaba turi kumwe na We mu Birori by’Ubukwe. Mbega uburyo Azafungura amaso ahumye y’ubwoko Bwe Bwatoranijwe; abo Yahumye ku nyungu z’Umugeni We w’Umunyamahanga
Reka tuzamure ibiganza byacu, imitima yacu, amajwi yacu, kandi tunezerwe. Atari gusa kuba dutegereje icyo Aza dukorera vuba aha, ahubwo reka tunezererwe icyo Arimo Aduhishurira kandi Adukorera UBUNGUBU.
Arimo Aratubwira ko turi Umugeni We yagennye mbere urimo yiyunga na We n’Ijambo Rye. Abiduhamiriza kenshi cyane, ko turi Ubushake Bwe butunganye kubwo kugumana n’Ijwi Rye, Ijambo Rye, marayika We. Yaduhaye KWIZERA mu kumenya no gusobanukirwa abo turi bo:
IJAMBO RYE RIRI KUBAHO MU MUBIRI.
Ntacyo dufite cyo gutinya; ntacyo kuduhangayikisha; nta gihari cyo kudutera agahinda. Mbega niburyo ki menya ibyo? NIKO IMANA YAVUZE! MUREKE TUNEZERWE, TWISHIME, TUYISHIMIRE; IJAMBO RIZIMA RIBA KANDI RITUYE MURI TWE. TURI URUBYARO RWE RW’IKIRENGA RWA CYAMI.
Nyakuri nizera ko Umwami Nawe Anejejwe no kumenya ko igihe kigeze kandi ko twamaze kwitegura ubwacu kubwo gukomeza kuba ab’ukuri n’abo kwizerwa ku Ijambo Rye.
Kimwe na wa muhungu muto wirebye mu ndorerwamo ku nshuro ye ya mbere, turimo turareba mu Ijambo Rye, tukabona abo TURIBO. Mwami… BURYA NINJYE. Ndi Umugeni Jambo Muzima Wawe. Ni NJYE watoranije. Ndi muri Wowe, Uri muri njye, turi Umwe.
Ni gute tutashobora kwishima no kuba ubwoko bunezerewe cyane bwigeze kubaho kwisi? Abera bose n’abahanuzi mbere yacu bifuzaga kubaho muri iki gihe maze bakareba aya masezerano arimo asohora. Ariko kubw’UBUNTU bw’Imana, Yadushyize hano.
Mbega gusigwa kuza kuba kuri kubaho Kucyumweru I Saa Sita z’Amanywa, ku isaha y’I Jeffersonville, mu gihe duterana hamwe duturutse hirya no hino ku isi kugira ngo twumve marayika w’Imana, Ijwi ry’Imana ku Mugeni, rituzanira Ubutumwa: Intego Esheshatu Z’Uruzinduko rwa Gaburiyeli kuri Daniyeli