IKIBAZO: Ese turi mu bushake Bwayo butunganye kubwo kuba twumva Amakasete?
IGISUBIZO: YEGO
IKIBAZO: Ese Umugeni akeneye ibirenze ibivugwa ku makasete?
IGISUBIZO: OYA
IKIBAZO: Ese hari icyo dutakaza kubwo kuba twumva GUSA Amakasete?
IGISUBIZO: OYA
IKIBAZO: Ese twashobora kuba Umugeni binyuze GUSA mu kumva Amakasete?
IGISUBIZO: MU BURYO BUDASUBIRWAHO, YEGO!
Noneho mwibuke,”nta kintu na kimwe gihishurwa; nta kintu na kimwe Imana yakora; habe na gato, keretse ibanje Kugihishurira abagaragu bayo, abahanuzi.”
Rero, IBYO dukeneye BYOSE byaravuzwe kandi biri ku makasete; cyangwa, igihe marayika Wayo wa karindwi azagaruka ku isi, WE icyo gihe azabitubwira
Oh Mugeni, reka turebere hamwe ikirimo kubaho hamwe n’Umugeni wa Kristo wo ku isi hose. Data arimo arahuriza hamwe Umugeni We binyuze mu Ijwi Rye kandi ririmo guhinda nk’inkuba, “Uku niko Uwiteka Avuga.”
Mwibuke, yatubwiye icyo Inkuba aricyo: “Guhinda gukomeye kw’inkuba ni Ijwi ry’Imana” Kandi Ijwi ry’Imana ku Mugeni ni iki? Marayika wa karindwi intumwa y’Imana, William Marrion Branham.
Yaravuze ngo hagiye kuza guhinda kurindwi kw’Inkuba k’ubwiru uko nta nubwo kwigeze kwandikwa na gato. Kandi binyuze muri uko guhinda Kurindwi kw’Inkuba, kuzahuriza hamwe Umugeni kubwo kwizera kw’izamurwa.
Ijambo ry’Uwiteka riza ku bahanuzi. Iyo hajya kubaho indi mikorere myiza kurushaho Yajyaga kuyikoresha. Yatoranije imikorere myiza kurusha indi guhera mu itangira kandi Ntishobora, kandi ntizigera, ihindura.
Guhera 1933 aho hepfo ku mugezi wa munsi, Itorero ntabwo ryigeze ritekereza ko, uwo William Marrion Branham ari Ijwi ry’Imana, Inkuba irimo ihinda,”Uko Niko Uwiteka Avuga,” kandi yoherejwe guhamagara, guteranya, no kuyobora Umugeni.
Ndifuza kugutumira kugira ngo uze wumve hamwe natwe kuri Iki Cyumweru Saa Sita z’amanywa, ku isaha y’I Jeffersonville, Umwami wacu Yesu afungura Igitabo, akamena Ikimenyetso, kandi Akacyohereza ku isi, kuri marayika We wa karindwi, kugira ngo Agihishurire TWEBWE!
Mwene Data Joseph Branham
Itariki: KUCYUMWERU, 23 Werurwe 2025
Ubutumwa: Ikimenyetso cya Kabiri 63-0319
Isaha: 12h00 z’amanywa., ku isaha y’I Jeffersonville
Ibyanditswe byo gusoma mbere yo kumva Ubutumwa:
Matayo 4:8
Umwanzi arongera amujyana mu mpinga y’umusozi muremure cyane, amwereka ubwami bwose bwo mu isi n’ubwiza bwabwo
Matayo 11: 25-26
Muri iyo minsi Yesu aravuga ati “Ndagushima Data, Mwami w’ijuru n’isi, kuko wahishe ibyo abanyabwenge n’abahanga, ukabimenyesha abana bato.
Nuko haza indi farashi itukura cyane, uyicayeho ahabwa gukura amahoro mu isi ngo bicane, kandi ahabwa inkota ndend
Ibyahishuwe 17
Haza umwe wo muri ba bamarayika barindwi bari bafite za nzabya ndwi arambwira ati “Ngwino nkwereke iteka maraya ukomeye azacirwaho, yicara ku mazi menshi.
Ni we abami bo mu isi basambanaga na we, abari mu isi bagasinda inzoga ari zo busambanyi bwe.”
Anjyana mu butayu ndi mu Mwuka, mbona umugore yicaye ku nyamaswa itukura yuzuye amazina yo gutuka Imana, ifite imitwe irindwi n’amahembe cumi.
Uwo mugore yari yambaye umwenda w’umuhengeri n’uw’umuhemba. Yari arimbishijwe n’izahabu n’amabuye y’igiciro cyinshi n’imaragarita, mu intoki ze yari afite igikombe cy’izahabu cyuzuye ibizira n’imyanda y’ubusambanyi bwe.
Mu ruhanga rwe afite izina ry’amayoberane ryanditswe ngo BABULONI IKOMEYE, NYINA W’ABAMARAYA, KANDI NYINA W’IBIZIRA BYO MU ISI.
Aha ni ho hakwiriye ubwenge n’ubuhanga. Iyo mitwe irindwi ni yo misozi irindwi uwo mugore yicaraho. Kandi ni yo bami barindwi: abatanu baraguye, umwe ariho undi ntaraza, kandi naza azaba akwiriye kumara igihe gito. Ya nyamaswa yariho ikaba itakiriho, iyo ubwayo ni uwa munani, nyamara kandi ni umwe muri ba bandi barindwi kandi arajya kurimbuka. Ya mahembe cumi wabonye ni yo bami cumi batarīma, ariko bahabwa gutegekera hamwe na ya nyamaswa nk’abami kumara isaha imwe. Abo bahuje inama, baha ya nyamaswa imbaraga zabo n’ubutware bwabo.
Bazarwanya Umwana w’Intama, ariko Umwana w’Intama azabanesha, kuko ari we Mutware utwara abatware n’Umwami w’abami, kandi abari hamwe na we bahamagawe batoranijwe bakiranutse na bo bazayinesha.” Nuko arambwira ati “Ya mazi wabonye wa maraya yicaraho, ni yo moko n’amateraniro y’abantu n’amahanga n’indimi. Ya mahembe cumi wabonye na ya nyamaswabizanga maraya uwo, bimunyage bimucuze birye inyama ze, bimutwike akongoke. Kuko Imana yashyize mu mitima yabyo gukora ibyo yagambiriye, no guhuza inama no guha ya nyamaswa ubwami bwabyo, kugeza aho amagambo y’Imana azasohorera. Wa mugore wabonye ni we wa mudugudu ukomeye utegeka abami bo mu isi.
Ibyahishuwe 19: 11-16
Mbona ijuru rikinguye kandi ngiye kubona mbona ifarashi y’umweru. Uhetswe na yo yitwa Uwo kwizerwa, kandi Uw’ukuri. Ni we uca imanza zitabera akarwana intambara zikwiriye.
Amaso ye ni ibirimi by’umuriro no ku mutwe we afite ibisingo byinshi, kandi afite izina ryanditswe ritazwi n’umuntu wese keretse we wenyine.
Yambaye umwenda winitswe mu maraso kandi yitwa Jambo ry’Imana.
Ingabo zo mu ijuru ziramukurikira zihetswe n’amafarashi y’imyeru, zambaye imyenda y’ibitare myiza, yera kandi itanduye.
Mu kanwa ke havamo inkota ityaye kugira ngo ayikubite amahanga, azayaragize inkoni y’icyuma. Yengesha ibirenge mu muvure w’inkazi y’umujinya w’Imana Ishoborabyose.
Kandi ku mwenda we no ku kibero cye afite izina ryanditsweho ngo UMWAMI W’ABAMI, N’UMUTWARE UTWARA ABATWARE.
Yoweli 2:25
Nzabashumbusha imyaka inzige zariye, n’iyariwe n’uburima n’ubuzikira na kagungu, za ngabo zanjye zikomeye nabateje.
Amos 3: 6-7
Mbese impanda yavugirizwa mu mudugudu abantu ntibagire ubwoba? Hari ibibi byatera umudugudu Uwiteka atari we ubizanye?
Ibindi byose ubishyire ku ruhande, nta kintu cy’ingenzi gihari cyaruta Ijambo Ryanjye. Ndabizi ko umwanzi arimo kugerageza kubakubita hasi, ariko nabasezeranije ko nzabahagurutsa. Ndi kumwe namwe, ndetse MURI MWE. Wowe na Njye turimo turaba Umwe mu gihe nguhishurira Ijambo Ryanjye.
Urabizi mu mutima wawe, wowe URI Umwamikazi Wanjye Mugeni. Urabizi ko nakumenye mbere. Urabizi ko ngukunda. Urabizi ko Mba Ndi kumwe nawe buri segonda rya buri munsi. Urabizi ko NTAZIGERA NKUREKA.
Turaza kuba tugira ibihe bitangaje mu gihe nguhishurira biruseho kuri buri Cyumweru, buri munsi, mu gihe unyumva Mvuga binyuze muri marayika Wanjye kuri wowe. Abandi bashobora kutambyumva cyangwa ngo babone ibyo muri kubona, ariko birashimangiye mu mutima wawe ko iyi ariyo Nzira Yanjye Nateguye.
Mbona marayika wundi ukomeye amanuka ava mu ijuru yambaye igicu, umukororombya uri ku mutwe we, mu maso he hasa n’izuba, ibirenge bye bisa n’inkingi z’umuriro.
Mu intoki ze yari afite agatabo kabumbutse. Nuko ashyira ikirenge cye cy’iburyo ku nyanja, n’icy’ibumoso agishyira ku butaka.
Ibyahishuwe 12: 7-9
Mu ijuru habaho intambara. Mikayeli n’abamarayika be batabarira kurwanya cya kiyoka, ikiyoka kirwanana n’abamarayika bacyo.
Ntibanesha kandi mu ijuru ahabo ntihaba hakiboneka.
Cya kiyoka kinini kiracibwa, ari cyo ya nzoka ya kera yitwa Umwanzi na Satani, ari cyo kiyobya abari mu isi bose. Nuko kijugunywa mu isi, abamarayika bacyo bajugunyanwa na cyo.
Ibyahishuwe 13:16
Itera bose aboroheje n’abakomeye, n’abatunzi n’abakene, n’ab’umudendezo n’ab’imbata, gushyirwaho ikimenyetso ku kiganza cy’iburyo cyangwa mu ruhanga,
Ibyahishuwe 19: 11-16
Mbona ijuru rikinguye kandi ngiye kubona mbona ifarashi y’umweru. Uhetswe na yo yitwa Uwo kwizerwa, kandi Uw’ukuri. Ni we uca imanza zitabera akarwana intambara zikwiriye.
Amaso ye ni ibirimi by’umuriro no ku mutwe we afite ibisingo byinshi, kandi afite izina ryanditswe ritazwi n’umuntu wese keretse we wenyine.
Yambaye umwenda winitswe mu maraso kandi yitwa Jambo ry’Imana.
Ingabo zo mu ijuru ziramukurikira zihetswe n’amafarashi y’imyeru, zambaye imyenda y’ibitare myiza, yera kandi itanduye.
Mu kanwa ke havamo inkota ityaye kugira ngo ayikubite amahanga, azayaragize inkoni y’icyuma. Yengesha ibirenge mu muvure w’inkazi y’umujinya w’Imana Ishoborabyose.
Kandi ku mwenda we no ku kibero cye afite izina ryanditsweho ngo UMWAMI W’ABAMI, N’UMUTWARE UTWARA ABATWARE.
Malaki igice cya 3
Dore nzatuma integuza yanjye, izambanziriza intunganyirize inzira. Umwami mushaka azāduka mu rusengero rwe, kandi intumwa y’isezerano mwishimana dore iraje. Ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga. Ni nde uzabasha kwihangana ku munsi wo kuza kwe? Kandi ni nde uzahagarara ubwo azaboneka? Kuko ameze nk’umuriro w’umucuzi, n’isabune y’abameshi.
Dore hazaba umunsi utwika nk’itanura ry’umuriro, abibone bose n’inkozi z’ibibi zose bazaba ibishingwe, maze habe umunsi uzabatwika bashire, ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga, ntuzabasigira umuzi cyangwa ishami. Ariko mwebweho abubaha izina ryanjye, Izuba ryo gukiranuka rizabarasira rifite gukiza mu mababa yaryo, maze muzasohoka mukinagire nk’inyana zo mu kiraro. Kandi muzaribatira abanyabyaha hasi, bazaba ivu munsi y’ibirenge byanyu ku munsi nzabikoreraho. Ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga. Nimwibuke amategeko y’umugaragu wanjye Mose, ayo namutegekeye i Horebu yari ay’Abisirayeli bose, yari amategeko n’amateka.
Dore nzaboherereza umuhanuzi Eliya, umunsi w’Uwiteka ukomeye kandi uteye ubwoba utaragera. Uwo ni we uzasanganya imitima ya ba se ku bana n’imitima y’abana ku ya ba se, kugira ngo ntazaza kurimbuza isi umuvumo.
guhumurizwa kwacu konyine n’amahoro bituruka mu kumva Ijwi ry’Imana rivugana natwe, hanyuma tukongera kuvugana na Data kubwo kumutura ibitambo by’imbuto z’iminwa yacu, duhimbaza Izina Ryayo.
Iyi si yose iraniha. Ibyaremwe biraniha. Turimo turaniha kandi dutegereje kuza k’Umwami. Iyi si ntacyacu ifite. Turiteguye kuva aha maze tukajya mu Birori by’Ubukwe no mu Buturo bw’Ahazaza hamwena We n’abo bose bamaze kuhagera, aho hakurya y’inyegamo y’igihe, baradutegereje.
Reka duhaguruke maze twicuguse! Dukomange amarangamutima yacu, dukangukire kureba ibirimo kubaho ubu ndetse n’ibigiye kubaho mu gihe cyo guhumbya no guhumbura.
Ntibyigeze bibaho mu mateka y’isi aho byigeze bishoboka ko Umugeni wa Kristo yiyunga hamwe ku isi hose, bose ku isaha imwe, kugira bumve Ijwi ry’Imana rivuga kandi rihishurira Umugeni Wayo Ijambo.
Abizera, baribaza ubwabo, ni irihe jwi, ni uwuhe mukozi w’Imana, n’uwuhe muntu, washobora kunga hamwe no kuzana Umugeni wa Kristo ngo ajye hamwe? Niba uri Umugeni wa Kristo, urabizi neza ko nta rindi Jwi uretse Ijwi ry’Imana riri ku makasete.
Yego, Umwuka Wera ari muri buri umwe wese muri twe, buri mukozi mu itorero, ariko Imana Ubwayo yatubwiye ko izacira isi urubanza ikoresheje Ijambo Ryayo. Umugeni azi Ijambo Ryayo ko rituruka ku muhanuzi Wayo. Umuhanuzi Wayo niwe musobanuzi WENYINE w’Ijambo ry’Imana. Icyo avuze ntawe ushobora kugira icyo yongeraho cyangwa ngo akureho. Ni Ijambo, riri ku makasete, ibyo nibyo twese bazaducira urubanza bakoresheje, kandi nta yandi magambo cyangwa ubusobanuro bw’iryo Jambo.
Ntibishoboka kurindi jwi ryose kunga Umugeni. Ni Ijwi ry’Imana ryonyine riri ku makasete rishobora kunga Umugeni Wayo. Niryo Jambo ryonyine Umugeni wese ashobora kwemeranyaho. Niryo Jwi ryonyine Imana Ubwayo yahamirije ko ari Ijwi Ryayo ku Mugeni Wayo. Umugeni Wayo agomba kugira Igitekerezo Kimwe n’Umutima Uhuye kugira ngo abe hamwe na We.
Niba ufite Guhishurirwa kw’ibyo, noneho iki nicyo kigiye kubaho.
Ijambo ritubwira ko Adamu yatakaje umurage we, ari wo si. Yavuye mu kiganza cye ijya mu kiganza cy’uwo yayigurishijeho, ariwe Satani. Yaguranye kwizera kwe mu Mana, abigurana ibitekerezo bya Satani. Yanyazwe buri gace kose kajya mu biganza bya Satani. Yabikuye mu kiganza cye abishyira mu kiganza cya Satani.
Imana ni Imana y’isi yose, ahantu hose, ariko umwana Wayo, yari afite isi mu buyobozi Bwe. Yashoboraga kuvuga, yashoboraga kwita amazina, yashoboraga kurangurura, agahagarika ibyaremwe, yarashoboye icyo ashatse cyose. Yari afite mu buryo bwuzuye ndetse bw’ikirenga ubuyobozi bw’isi.
Adamu yarabitakaje byose, ariko icyubahiro kibe icy’Imana, ibyo yatakaje byose kandi akabinyagwa byacunguwe na Mwene Wacu wa Bugufi, nta wundi utari Imana Ishobora Byose, yahindutse Imanuweli, umwe muri twe. UBU, NI IBYACU.
Turi abahungu n’abakobwa Be abo bazima kandi bakaba abami n’abatambyi hamwe na We. Dufite ubugingo buhoraho hamwe na We ndetse n’abo bose bamukunda. Nta kongera kurwara, nta gahinda, nta rupfu, hamwe n’iteka.
Mu gutekereza ibyo, ni gute twashobora kwemerera satani kudushyira hasi? Ni IBYACU, aho niho twerekeje vuba aha. Yaduhaye ikintu gikomeye cyane Yashobora kuduha. Iyi minsi mike y’ibipimo n’ibigeragezo kuri iyi si irimo irashira vuba binyuze MU NTSINZI IKOMEYE ISIGAJE IMINSI MIKE IMBERE YACU.
KWIZERA Kwacu kurakomeye bitigeze kubaho. Umunezero wacu ni mwinshi bitigeze bibaho. Tuzi abo turibo n’aho tugiye. Turabizi ko turi mu Bushake Bwayo butunganye hamwe n’Ijambo Ryayo. Icyo ducyeneye gukora gusa ni ukugumana n’aya makasete kandi tukizera buri Jambo; atari uko tubisobanukiwe byose, AHUBWO TWIZERA BURI JAMBO… kandi TURABIKORA.
Kwizera kuzanwa no kumva, kumva Ijambo. Ijambo riza ku muhanuzi. Imana yararivuze. Imana irifata amajwi, Imana irarihishura. Twe turaryumva. Twe tukaryizera.
Mwashobora kwakira uku Guhishurirwa binyuze mu Ijwi ry’IMANA riri ku makasete.
Ibyo byose Kristo azakora ku iherezo tuzabihishurirwa muri iki cyumweru, mu Bimenyetso Birindwi, niba Imana ibitwemereye. Murabona ? Byiza cyane. Bizahishurwa, Kandi nibihishurwa, uko Ibimenyetso birindwi bizagenda bimenwa, kandi tukabihabwa, noneho dushobora kubona uwo mugambi w’ugucungurwa uwo ari wo, gihe ki na buryo ki uzagerwaho. Ibyo byose bihishwe muri iki Gitabo cy’ubwiru, hano. Gifatanishije ibimenyetso, gifungishijwe Ibimenyetso Birindwi…Kandi noneho Umwana w’Intama ni we wenyine wabasha kubimena.
Kuri iki Cyumweru 12:00 z’amanywa, ku isaha y’I Jeffersonville, igice cy’Umugeni wo ku isi hose azaba arimo kumva Ijwi ry’Imana bose ku isaha imwe. Tuzaba tunyeganyeza ijuru hamwe n’amasengesho yacu no kumuhimbaza. Ndabatumira kugira ngo muze mwiyunge natwe mu gihe twumva: Icyuho kiri hagati y’Ibisekuru Birindwi by’itorero n’Ibimenyetso Birindwi 63-0317E
Ntimuze kwibagirwa impinduka z’amasaha muri Jeffersonville kuri iyi mpera y’icyumweru
Umunsi abahanuzi n’abanyabwenge bifuzaga kandi bagategerezanya amatsiko kuva ku itangira ry’igihe, urimo kubaho. Marayika ukomeye uwo Imana yavuze ko Izohereza ku isi mu minsi ya nyuma yaje kumena no guhishura ubwiru bw’Imana buhishwe, bityo Umwami Wacu Yesu akagaruka kubw’Umugeni We wo kwizerwa maze Akatujyana mu Birori by’Ubukwe.
Inshingano yanjye ya mbere, nkuko ninjiye muri uru rusengero rushya, nashyingiye umusore n’inkumi bahagaze mu biro byanjye. Reka bibe urugero, ko nzaba umukozi ukiranukira Kristo, kugira ngo ngeze Umugeni ku kwitegura kubw’ibirori by’ubukwe kubw’uwo Munsi.
Uyu munsi, iri Jambo ririmo rirasohora. Imana irimo iravugira muri marayika Wayo, iha Umugeni Wayo kwitegura kubw’ibirori by’Ubukwe kuri uwo Munsi. Turimo turakurikira amabwiriza uko ari. Umugeni yariteguye Ubwe kubwo KUGUMANA N’IJWI RY’IMANA RIRI KU MAKASETE.
Mbese ni iki twumvise muri izo nzozi n’amayerekwa? Ibyo Kurya, NGAHA AHO BIRI, aha niho hantu. Ijwi ryavuganye na we ngo, “Injiza Ibyo Kurya. Bihunike. Ubwo nibwo buryo bwo kubarindira hano, ni ukubaha Ibyo Kurya. “
Benshi bizera ko bivuze gusa ngo, “mugumane n’Ijambo,” kandi ibyo NI UKURI; ibyo arabivuga; ariko Umugeni nawe azasoma hagati mu mirongo nkuko Umukwe abibwira Umugeni We.
Habe n’amayerekwa ayo Imana itanga aha hantu, nayo yumviswe nabi. Iyo niyo mpamvu munyumva ku makasete, mvuga ngo, “Muvuge icyo amakasete avuga. Muvuge icyo amayerekwa avuga. ” Noneho, niba mukangutse bihagije, hari icyo muzabona. Murabona? Murabona? Ndibwira ko ntakwiriye kubifata mu kiganza ngo maze mbibereke.
Ndabizi ko Ijambo rigira ubusobanuro burenze bumwe, ariko ubu ni ubusobanuro bwanjye: inzozi n’amayerekwa byose bivuga ikintu kimwe; mugumane n’amakasete. Niba ufite ikibazo, jya kuri kasete. Amakasete ni Ibyo Kurya by’Imana byahunitswe. Mugumane n’ibiri ku makasete; ntimugire icyo mwongeraho kuri Yo. Amakasete ni Uku Niko Uwiteka Avuze ku Mugeni. Ijambo riza ku muhanuzi, wenyine. Umuhanuzi niwe musobanuzi WENYINE wa kimana w’Ijambo. Umuhanuzi yagombaga guhamagara no kuyobora Umugeni. Nzacirwa urubanza bagendeye kucyavuzwe ku MAKASETE.
Buri kintu cyose kirimo kiradutungira urutoki ku MAKASETE.
Bakundwa Myangage yo mu Kibaya, kuri njye, MU GUKANDAHO BIKAVUGA NI IMANA MU BURYO BUCIYE BUGUFI KUBW’UYU MUNSI.
Buri cyumweru ndushaho kugira amatsiko; mbese ni iki agiye kuduhishurira uyu munsi nk’Umugeni We uteraniye hamwe kugira ngo yumve Ubutumwa? Ndabizi ko Umwuka Wera aza kuba asiga buri wese muri twe mu gihe Ahishura Ijambo Ryayo kurusha uko byigeze bibaho mbere. Ndiyumvamo ko ari Umwuka Wera uraba urimo kudusiga ahishura Ijambo Ryayo kuruta uko byaba byarigeze kubaho. Niyumvamo, ko mu kanya gato, Azaza maze Akatujyana mu Birori by’Ubukwe.
Iki nicyo, Kimenyetso. Iki nicyo, gihe. Ubu nibwo, Butumwa. Iri niryo, Jambo. Iri niryo, Jwi ry’Imana. Uyu niwe, Mwana w’Umuntu. Iyi niyo, nzira Imana yateguye. Iri niryo, herezo ry’igihe.
Nta muhanuzi, nta ntumwa, ntihigeze na rimwe, mu gihe icyo aricyo cyose, habaho abigeze kubaho mu gihe nk’icyo turi kubamo ubu. Byanditswe mu kirere. Biranditse ku isi. Birandikwa mu binyamakuru. Iri niryo herezo, niba mushobora gusoma inyandiko yanditswe n’ikiganza.
Muze kandi mwumve mu gihe Ivugana natwe kandi iduhishurira binyuze mu byanditswe, binyuze mu mayerekwa, binyuze mu gusobanura inzozi, mu kugumana n’Ubutumwa, mu kugumana n’amabande. Muvuge GUSA ikiri ku mabande.
Nta nzira nziza, nta n’inzira yizewe, yaruta kumva Ijwi ry’Imana riturutse ku Mana Ubwayo. Imana yategetse Umugeni Wayo kubwo kuvuga inyuze mu muhanuzi Wayo kandi ikatubwira GUKANDAHO BIKAVUGA, nibyo nta bindi.
Mubuvuge, mububwirize, mubuhamye, kandi mubwire isi kubijyanye nabwo, ariko Itubwira ko hari inzira imwe itunganye yatanzwe ku Mugeni: Kumva Ijwi ry’Imana ku mabande. Niba hari ikintu kikwisobye, vuza kasete. Rigomba kuba IRYAMBERE, niryo Jwi ry’ingenzi cyane mugomba kumva. Niryo Jambo Ryayo ritunganye Yashyize kuri kasete.
Noneho mugereranye ibyo n’ibindi, inzozi. Iri niryo yerekwa. Ibyo Kurya, ngIbi hano. Aha niho hantu.
Mwumve, binyuze mu nzozi no mu mayerekwa, Ibyo Kurya by’Umugeni nihe biri? Aho hantu ni he? Ubutumwa bw’Umugeni buri ku makasete.
Kandi aha numva ari nko mu rugo, kuri njye. Aha niho hantu. Kandi nimubyitegereza, inzozi zivuga icyo kintu kimwe, murabona, aho Ibyo Kurya biri.
Mu kuba duhamirijwe ko tuBifite, yongera kutubwira indi nshuro, amakasete ni Ibyo Kurya by’Umugeni.
“Nta gihe gisigaye.” Niba ariko biri, reka twitegure ubwacu, nshuti, kugira ngo duhure n’Imana yacu
Yego, Mwami, icyo nicyo cyifuzo cy’umutima wacu, kuba twiteguye kumusanganira, kuba Umugeni Wawe. Ni iki dukwiriye gukora Mwami? Ese inzira Yawe wateguye ni iyihe? Gahunda Yawe ni iyihe? Inzira Yawe intunganye ni iyihe? Watwoherereje umuhanuzi kugira ngo ujye uvugira muri we Utubwire. Utwigishe Nyamuneka.
Hari Ibyo Kurya byinshi bishyizwemo aho ubu. Reka tubikoreshe. Reka tubikoreshe ubu.
Ni gute hagira uba impumyi? Atubwira icyo tugomba gukora: hari ibyo kurya byinshi bihunitse ku makasete; mubikoreshe UBUNGUBU. Aya niyo mabwiriza y’Imana ku Mugeni Wayo.
Niba uhamya ko wizera ubu Butumwa, izere William Marrion Branham ko ari umuhanuzi tumwa y’Imana yatumwe guhamagara Umugeni ngo asohoke; ubuzima bwe bwuzuza ibyanditswe byavuze kuri we; mwizere Niryo Jwi ry’Imana kubw’iki gihe, noneho YO; Imana, ivuga binyuze mu muhanuzi Wayo, Ibwira Umugeni icyo akwiriye gukora mu Cyongereza cyoroheje.
Ndashaka gutumira isi kugira ngo mwifatanye natwe kuri iki Cyumweru I Saa Sita z’Amanywa. Ku Isaha y’I Jeffersonville, mu gihe twumva: ” 62-1230e Mugabo, Iki Nicyo Kimenyetso Cy’Imperuka?” Turaza kuba twumva byose byerekeranye:
Nta kintu gikomeye muri ubu buzima cyaruta kumva no kumvira Ijwi ry’Imana.
Mwene Data Joseph Branham
Ibyanditswe :
Malaki Igice cya 4
1 Dore hazaba umunsi utwika nk’itanura ry’umuriro, abibone bose n’inkozi z’ibibi zose bazaba ibishingwe, maze habe umunsi uzabatwika bashire, ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga, ntuzabasigira umuzi cyangwa ishami. 2 Ariko mwebweho abubaha izina ryanjye, Izuba ryo gukiranuka rizabarasira rifite gukiza mu mababa yaryo, maze muzasohoka mukinagire nk’inyana zo mu kiraro. 3 Kandi muzaribatira abanyabyaha hasi, bazaba ivu munsi y’ibirenge byanyu ku munsi nzabikoreraho. Ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga. 4 Nimwibuke amategeko y’umugaragu wanjye Mose, ayo namutegekeye i Horebu yari ay’Abisirayeli bose, yari amategeko n’amateka.
5 Dore nzaboherereza umuhanuzi Eliya, umunsi w’Uwiteka ukomeye kandi uteye ubwoba utaragera. 6 Uwo ni we uzasanganya imitima ya ba se ku bana n’imitima y’abana ku ya ba se, kugira ngo ntazaza kurimbuza isi umuvumo.
Matayo 13: 3-50
1 Uwo munsi Yesu asohoka mu nzu, yicara mu kibaya cy’inyanja.
2 Abantu benshi bateranira aho ari, bituma yikira mu bwato yicaramo, abantu bose bahagarara mu kibaya.
3 Abigisha byinshi, abacira imigani aravuga ati “Umubibyi yasohoye imbuto.
4 Akibiba zimwe zigwa mu nzira, inyoni ziraza zirazitoragura.
5 Izindi zigwa ku kara kadafite ubutaka bwinshi, uwo mwanya ziramera kuko ubutaka atari burebure,
31 Abacira undi mugani ati “Ubwami bwo mu ijuru bugereranywa n’akabuto ka sinapi, umuntu yenze akakabiba mu murima we.
32 Na ko ni gato hanyuma y’imbuto zose, nyamara iyo gakuze kaba kanini kakaruta imboga zose kakaba igiti, maze inyoni zo mu kirere zikaza zikarika ibyari mu mashami yacyo.”
33 Abacira undi mugani ati “Ubwami bwo mu ijuru bugereranywa n’umusemburo umugore yenze, akawuhisha mu myariko itatu y’ifu kugeza aho iri busemburwe yose.”
34 Ayo magambo yose Yesu ayigisha abantu mu migani, kandi nta cyo yabigishaga atabaciriye umugani,
35 kugira ngo ibyavuzwe n’umuhanuzi bisohore ngo”Nzabumbura akanwa kanjye nce imigani,Nzavuga amagambo yahishwe uhereye ku kuremwa kw’isi.”
36 Maze asezera ku bantu yinjira mu nzu, abigishwa be baramwegera bati “Dusobanurire umugani w’urukungu rwo mu murima.”
37 Arabasubiza ati “Ubiba imbuto nziza ni Umwana w’umuntu,
38 umurima ni isi, imbuto nziza ni zo bana b’ubwami, urukungu ni abana b’Umubi,
39 umwanzi warubibye ni Umwanzi, isarura ni imperuka y’isi, abasaruzi ni abamarayika.
40 Nk’uko urukungu rurandurwa rugatwikwa, ni ko bizaba ku mperuka y’isi.
41 Umwana w’umuntu azatuma abamarayika be, bateranye ibintu bigusha byose n’inkozi z’ibibi babikure mu bwami bwe,
42 babajugunye mu itanura ry’umuriro. Ni ho bazaririra bakahahekenyera amenyo.
47 Nuko kandi ubwami bwo mu ijuru bugereranywa n’urushundura bajugunya mu nyanja, ruroba ifi z’amoko yose. 48 Iyo rwuzuye barukururira ku nkombe, bakicara bagatoranyamo inziza bakazishyira mu mbehe, imbi bakazita. 49 Uko ni ko bizaba ku mperuka y’isi: abamarayika bazasohoka batoranye abanyabyaha mu bakiranutsi, 50 babajugunye mu itanura ry’umuriro, ni ho bazaririra bakahahekenyera amenyo. 51 Ayo magambo yose aho murayumvise?” Baramusubiza bati “Yee.”
25 Bene Data kugira ngo mutabona uko mwirata ndashaka ko mumenya iby’iri banga: Abisirayeli bamwe banangiwe imitima ariko si bose, kugeza ubwo abanyamahanga bazinjira mu Itorero bakagera ku mubare ushyitse.
Abaroma 16:25
25 Imana ibasha kubakomeresha ubutumwa bwiza no kubwiriza ko ibya Yesu Kristo nababwirije bihuza n’ibanga ryahishwe uhereye kera kose,
1 Abakorinto 14: 8/
8 Kandi n’impanda na yo ivuze ijwi ritamenyekana, ni nde wakwitegura gutabara?
1 Abakorinto igice cya 15
1 Bene Data, ndabamenyesha ubutumwa bwiza nababwirije, ubwo mwakiriye mukabukomereramo
10 Ariko ubuntu bw’Imana ni bwo bwatumye mba uko ndi, kandi ubuntu bwayo nahawe ntibwabaye ubw’ubusa, ahubwo nakoze imirimo myinshi iruta iya bose, nyamara si jye ahubwo ni ubuntu bw’Imana buri kumwe nanjye.
11 Nuko rero ari jye cyangwa bo, ibyo ni byo tubabwiriza, namwe ni byo mwizeye.
12 Ariko ubwo abantu babwiriza ibya Kristo yuko yazutse, bamwe muri mwe bavuga bate yuko nta wuzuka?
13 Niba nta wuzuka na Kristo ntarakazuka,
14 kandi niba Kristo atazutse ibyo tubwiriza ni iby’ubusa, no kwizera kwanyu kuba kubaye uk’ubusa.
15 Ndetse natwe tuba tubonetse ko turi abagabo bo guhamya Imana ibinyoma, kuko twayihamije yuko yazuye Kristo, uwo itazuye niba abapfuye batazuka.
16 Niba abapfuye batazuka na Kristo ntarakazuka,
17 kandi niba Kristo atazutse kwizera kwanyu ntikugira umumaro, ahubwo muracyari mu byaha byanyu.
18 Kandi niba bimeze bityo, n’abasinziriye muri Kristo bararimbutse.
19 Niba muri ubu bugingo Kristo ari we twiringiye gusa, tuba duhindutse abo kugirirwa impuhwe kuruta abandi bantu bose.
20 Ariko noneho Kristo yarazutse, ni we muganura w’abasinziriye,
21 kuko ubwo urupfu rwazanywe n’umuntu, ni ko no kuzuka kw’abapfuye kwazanywe n’umuntu.
22 Nk’uko bose bokojwe gupfa na Adamu, ni ko bose bazahindurwa bazima na Kristo,
23 ariko umuntu wese mu mwanya we kuko Kristo ari we muganura, maze hanyuma aba Kristo bakazabona kuzuka ubwo azaza.
24 Ni bwo imperuka izaherako isohore, ubwo azashyikiriza Imana ubwami, ari yo Data wa twese, amaze gukuraho ingoma zose n’ubutware bwose n’imbaraga zose,
54 Ariko uyu ubora numara kwambikwa kutabora, n’uyu upfa ukambikwa kudapfa, ni bwo hazasohora rya jambo ryanditswe ngo “Urupfu rumizwe no kunesha.”
55 Wa rupfu we, kunesha kwawe kuri he? Wa rupfu we, urubori rwawe ruri he?
56 Ibyaha ni byo rubori rw’urupfu, kandi imbaraga z’ibyaha ni amategeko.
57 Ariko Imana ishimwe iduha kunesha ku bw’Umwami wacu Yesu Kristo.
58 Nuko bene Data bakundwa, mukomere mutanyeganyega murushaho iteka gukora imirimo y’Umwami, kuko muzi yuko umuhati wanyu atari uw’ubusa ku Mwami.
Abagalatiya 2:20
20 Nabambanywe na Kristo ariko ndiho, nyamara si jye uriho, ahubwo ni Kristo uriho muri jye. Ibyo nkora byose nkiriho mu mubiri, mbikoreshwa no kwizera Umwana w’Imana wankunze akanyitangira.
Abefeso 3: 1-11 /
1 Ni cyo gituma jyewe Pawulo ndi imbohe ya Kristo Yesu, mbohewe mwebwe abanyamahanga.
14 Ubwo twemeye yuko Yesu yapfuye akazuka, abe ari ko twizera yuko Imana izazanana na Yesu abasinziririye muri we.
15 Iki ni cyo tubabwira tukibwirijwe n’ijambo ry’Umwami wacu yuko twebwe abazaba bakiriho, basigaye kugeza ku kuza k’Umwami, tutazabanziriza na hato abasinziriye.
16 Kuko Umwami ubwe azaza amanutse ava mu ijuru aranguruye ijwi rirenga, hamwe n’ijwi rya marayika ukomeye n’impanda y’Imana, nuko abapfiriye muri Kristo ni bo bazabanza kuzuka,
17 maze natwe abazaba bakiriho basigaye duhereko tujyananwe na bo, tuzamuwe mu bicu gusanganira Umwami mu kirere. Nuko rero tuzabana n’Umwami iteka ryose.
1 Timoteyo 3:16
16 Si ugushidikanya, ubwiru bw’ubumana burakomeye cyane: Imana kwerekanwa ifite umubiri, ikagaragara ko ari umukiranutsi mu mwuka, ikabonwa n’abamarayika, ikamamazwa mu banyamahanga, ikizerwa mu isi, ikazamurwa igahabwa ubwiza.
Abaheburayo 13: 8
8 Yesu Kristo uko yari ari ejo, n’uyu munsi ni ko ari kandi ni ko azahora iteka ryose.
1 Mbona marayika wundi ukomeye amanuka ava mu ijuru yambaye igicu, umukororombya uri ku mutwe we, mu maso he hasa n’izuba, ibirenge bye bisa n’inkingi z’umuriro.
2 Mu intoki ze yari afite agatabo kabumbutse. Nuko ashyira ikirenge cye cy’iburyo ku nyanja, n’icy’ibumoso agishyira ku butaka.
7 ahubwo mu minsi y’ijwi rya marayika wa karindwi ubwo azatangira kuvuza impanda, ni ho ubwiru bw’Imana buzaba busohoye nk’uko yabwiye imbata zayo ari zo bahanuzi.”
Ibyahishuwe igice cya 17
1 Haza umwe wo muri ba bamarayika barindwi bari bafite za nzabya ndwi arambwira ati “Ngwino nkwereke iteka maraya ukomeye azacirwaho, yicara ku mazi menshi.
2 Ni we abami bo mu isi basambanaga na we, abari mu isi bagasinda inzoga ari zo busambanyi bwe.”
3 Anjyana mu butayu ndi mu Mwuka, mbona umugore yicaye ku nyamaswa itukura yuzuye amazina yo gutuka Imana, ifite imitwe irindwi n’amahembe cumi.
4 Uwo mugore yari yambaye umwenda w’umuhengeri n’uw’umuhemba. Yari arimbishijwe n’izahabu n’amabuye y’igiciro cyinshi n’imaragarita, mu intoki ze yari afite igikombe cy’izahabu cyuzuye ibizira n’imyanda y’ubusambanyi bwe.
5 Mu ruhanga rwe afite izina ry’amayoberane ryanditswe ngo BABULONI IKOMEYE, NYINA W’ABAMARAYA, KANDI NYINA W’IBIZIRA BYO MU ISI.
9 Aha ni ho hakwiriye ubwenge n’ubuhanga. Iyo mitwe irindwi ni yo misozi irindwi uwo mugore yicaraho. 17 10 Kandi ni yo bami barindwi: abatanu baraguye, umwe ariho undi ntaraza, kandi naza azaba akwiriye kumara igihe gito. 11 Ya nyamaswa yariho ikaba itakiriho, iyo ubwayo ni uwa munani, nyamara kandi ni umwe muri ba bandi barindwi kandi arajya kurimbuka. 12 Ya mahembe cumi wabonye ni yo bami cumi batarīma, ariko bahabwa gutegekera hamwe na ya nyamaswa nk’abami kumara isaha imwe.
13 Abo bahuje inama, baha ya nyamaswa imbaraga zabo n’ubutware bwabo.
14 Bazarwanya Umwana w’Intama, ariko Umwana w’Intama azabanesha, kuko ari we Mutware utwara abatware n’Umwami w’abami, kandi abari hamwe na we bahamagawe batoranijwe bakiranutse na bo bazayinesha.”
15 Nuko arambwira ati “Ya mazi wabonye wa maraya yicaraho, ni yo moko n’amateraniro y’abantu n’amahanga n’indimi.
16 Ya mahembe cumi wabonye na ya nyamaswabizanga maraya uwo, bimunyage bimucuze birye inyama ze, bimutwike akongoke.
17 Kuko Imana yashyize mu mitima yabyo gukora ibyo yagambiriye, no guhuza inama no guha ya nyamaswa ubwami bwabyo, kugeza aho amagambo y’Imana azasohorera.
18 Wa mugore wabonye ni we wa mudugudu ukomeye utegeka abami bo mu isi.
Ni iki cyenda gukurikiraho? Ibuye riraje. Turi maso, dutegereje kandi dusenga buri munota na buri munsi. Nta kindi twitayeho uretse kwitegura ubwacu kubwo kuza Kwe.
Ntabwo ari ukuvuga ngo, “niko tubitekereza”, TURABIZI. Nta gushidikianya. Mu kanya gato, mu kanya nk’ako guhumbya no guhumbura biba birangiye, kandi tuzaba turi kurundi ruhande hamwe n’abo dukunda bose na WE aho mu Birori by’Ubukwe.
KANDI UKO NI UGUTANGIRA… KANDI NTABWO BIGIRA IHEREZO!!
Muze mwitegure kubw’ibyo Birori by’Ubukwe hamwe na twe kuri iki Cyumweru I Saa Sita z’Amanywa, ku isaha y’I Jeffersonville, mu gihe Imana ivuga inyuriye muri marayika Wayo ukomeye, uwo Yatumye kugira ngo ayobore Umugeni Wayo, mu gihe avuga, kandi agahishura, iby’amabanga y’Imana byose.
Mwene Data Joseph Branham
Ubutumwa: 61-0806 – Icyumweru cya mirongo irindwi cya Daniel
Twuburiye amaso yacu mu Ijuru mu gusenga no kwinginga kugira ngo tumenye umunsi n’isaha nyirizina turi kubamo.
Kurusha uko byigeze kubaho mbere, twicaye ahantu ho mu ijuru, hirya no hino mu isi, turimo twumva Imana ivuga kandi Iduhishurira Ijambo Ryayo binyuze mu ntumwa marayika ukomeye. Intumwa marayika wo ku isi uwo Data yoherereje Umugeni We muri iyi minsi yanyuma kugira ngo ahishure Ijambo Rye.
Gabrieli ni marayika w’ubwoko bw’Imana bwatoranijwe, Abisiraheli. Ariko ku Mugeni Wayo w’Umunyamahanga, Melikisedeki Ubwe araza maze akavuga anyuriye mu minwa y’umuntu muri marayika wo ku isi witwa William Marrion Branham, bityo Ashobora kuvuga kandi agahishurira Ijambo Rye RYOSE Umugeni We mukundwa
Yemeye ko rifatwa amajwi, Irarihunika, kandi Irarizigama, kugira ngo Umugeni azabashe kubona Ibyo Kurya Bye by’Umwuka, Manu yahishwe, biri ku mitwe y’intoki ze buri munota wa buri munsi kugeza ku mperuka y’isi.
Ndetse Ahishurira Umugeni We ibizaba birimo kubaho hano ku isi mu gihe tuzaba turi kumwe na We mu Birori by’Ubukwe. Mbega uburyo Azafungura amaso ahumye y’ubwoko Bwe Bwatoranijwe; abo Yahumye ku nyungu z’Umugeni We w’Umunyamahanga
Reka tuzamure ibiganza byacu, imitima yacu, amajwi yacu, kandi tunezerwe. Atari gusa kuba dutegereje icyo Aza dukorera vuba aha, ahubwo reka tunezererwe icyo Arimo Aduhishurira kandi Adukorera UBUNGUBU.
Arimo Aratubwira ko turi Umugeni We yagennye mbere urimo yiyunga na We n’Ijambo Rye. Abiduhamiriza kenshi cyane, ko turi Ubushake Bwe butunganye kubwo kugumana n’Ijwi Rye, Ijambo Rye, marayika We. Yaduhaye KWIZERA mu kumenya no gusobanukirwa abo turi bo:
IJAMBO RYE RIRI KUBAHO MU MUBIRI.
Ntacyo dufite cyo gutinya; ntacyo kuduhangayikisha; nta gihari cyo kudutera agahinda. Mbega niburyo ki menya ibyo? NIKO IMANA YAVUZE! MUREKE TUNEZERWE, TWISHIME, TUYISHIMIRE; IJAMBO RIZIMA RIBA KANDI RITUYE MURI TWE. TURI URUBYARO RWE RW’IKIRENGA RWA CYAMI.
Nyakuri nizera ko Umwami Nawe Anejejwe no kumenya ko igihe kigeze kandi ko twamaze kwitegura ubwacu kubwo gukomeza kuba ab’ukuri n’abo kwizerwa ku Ijambo Rye.
Kimwe na wa muhungu muto wirebye mu ndorerwamo ku nshuro ye ya mbere, turimo turareba mu Ijambo Rye, tukabona abo TURIBO. Mwami… BURYA NINJYE. Ndi Umugeni Jambo Muzima Wawe. Ni NJYE watoranije. Ndi muri Wowe, Uri muri njye, turi Umwe.
Ni gute tutashobora kwishima no kuba ubwoko bunezerewe cyane bwigeze kubaho kwisi? Abera bose n’abahanuzi mbere yacu bifuzaga kubaho muri iki gihe maze bakareba aya masezerano arimo asohora. Ariko kubw’UBUNTU bw’Imana, Yadushyize hano.
Mbega gusigwa kuza kuba kuri kubaho Kucyumweru I Saa Sita z’Amanywa, ku isaha y’I Jeffersonville, mu gihe duterana hamwe duturutse hirya no hino ku isi kugira ngo twumve marayika w’Imana, Ijwi ry’Imana ku Mugeni, rituzanira Ubutumwa: Intego Esheshatu Z’Uruzinduko rwa Gaburiyeli kuri Daniyeli
Nejejwe cyane no kubamenyesha ko ubu tugiye gutangira inyigisho ikomeye y’Ibyumweru Mirongwirindwi bya Daniyeli. Umuhanuzi avuga ko bizunga hamwe Ubutumwa mbere y’uko twinjira mu Bimenyetso Birindwi; Impanda Ndwi; Amahano atatu; umugore muzuba; kujugunywa kwa satani utukura; ibihumbi ijana na mirongwine na bine byashyizweho ikimenyetso; byose bibaho hagati muri iki gihe.
Igitabo cya Daniyeli ni karindari nyayo kubw’igisekuru n’igihe turi kubamo, kandi uburyo bwose byagaragara nk’ibigoye, Imana izabidusobanurira maze ibihindure ibyoroheje kuri twe.
Kandi Imana izi ko ari byo nshaka na none muri iki gihe, ko nabasha kuzana uguhumurizwa k’ubwoko bwe kandi nkababwira ibyenda kubaho, kubibwira abari hano muri iki gitondo, kimwe rwose n’abari aho izi mfatamajwi zizagera, mu isi yose, ko turi mu gihe cya nyuma.
Reka tube nka Daniyeli maze twuburire amaso mu Ijuru, mu gusenga no kwinginga, kubwo kumenya binyuze mu gusoma Ijambo no kumva Ijwi Ryayo, kuza k’Umwami kurimo kuregera vuba; turi ku iherezo.
Dufashe Data gushyira ku ruhande buri mutwaro wose, naburi cyaha cyose, buri kutizera kose uko gushobora kutwizirikiraho vuba. Reka tumaranire kugera ku ntego y’umuhamagaro ukomeye, tumenya ko igihe cyacu ari gito.
Dufite Ijwi rirangurura riturutse mu butayu, rihamagarira abantu kugaruka ku Butumwa bw’Umwimerere; bagaruke ku bintu by’Imana. Dusobanukiwe binyuze mu guhishurirwa ibintu birimo kubaho.
Ngwino twiyunge hamwe kuri iki Cyumweru I Saa Sita z’amanywa, ku isaha y’I Jeffersonville, mu gihe Imana iduhishurira Ijambo ry’Imana, mu gihe dutangira inyigisho yacu ikomeye ku Gitabo cya Daniyeli.
Ni ukuri iki nicyo gihe cy’imbeho cyiza cyane ku buzima bwacu. Kuza k’Umwami kuregereje. Twashyizweho ikimenyetso n’Umwuka Wera; ikimenyetso cy’Imana gihamya ko buri kintu Kristo yapfiriye ari icyacu.
Ni igihamya cy’agakiza kacu. Ntabwo duhangayikiye kwibaza niba turibwambuke Hakurya hariya cyangwa tutaribwambuke, TURAGIYE! Ni gute tubimenya? Niko Imana yavuze! Imana yarabisezeranye kandi dufite igihamya. Twamaze kubyakira kandi Kristo yaratwemeye.
Nta buryo buhari twashobora gutandukana Nacyo… Mu byukuri, turi aho? Icyo dufite gukora gusa ni ugutegereza; Ubu Ari hasi arimo akora umurimo wa Mwene Wacu wa Bugufi w’Umucunguzi. Turategereje igihe azaba agarutse kuri twe. Noneho, mu kanya gato, nk’ako guhumbya kw’ijisho tuzaba twagiye mu birori by’Ubukwe.
Gutekereza gusa ibyo bidutegereje aha imbere. Ibitekerezo byacu ntabwo bishobora kubyakira byose. Umunsi ku munsi Aduhishurira byinshi mu Ijambo Rye, Aduhamiriza ko aya masezerano akomeye ari ayacu.
Igice gisigaye cy’igihe cy’imbeho ni gute kigiye kumerera Umugeni? Reka dusongongereho gato:
Noneho, nta gihe mfite. Nabyanditse, ibisobanuro bimwe kuri byo hano, ariko mu materaniro yacu ataha mbere y’uko twinjira muri ibi… Ahari igihe nzava mu gihe cyanjye cy’ikiruhuko cyangwa mu bindi bihe, ndashaka kuzafata ibi byumweru mirongwirindwi bya Daniyeli maze nkabihuza neza hano, kandi nerekane aho biza guhura na Yubile ya Pantekote, kandi mbigarure hamwe n’ibyo birindwi… ibyo bimenyetso birindwi bigomba gufungurwa hano mbere y’uko dukomeza, kandi byerekana ko ibyo ari ku iherezo, ibi…
Mbega igihe gitangaje Umwami yabikiye Umugeni Wayo. Yihishura Ubwe mu Ijambo Rye kubwacu kurusha uko byigeze kubaho mbere. Bidutera umwete y’uko turi Abo Yatoranije Abo Aziye. Atubwira ko turi mu bushake Bwayo Butunganye kubwo kugumana n’Ijwi Ryayo, n’Ijambo Ryayo.
Ni iki turimo gukora? Nta na kimwe, turaruhutse gusa! Dutegereje! Nta miruho ukundi, nta mihangayiko, TURUHUKIYE KURI RYO!
Muze muruhukane natwe kuri iki Cyumweru I saa Sita z’amanywa, ku Isaha y’I Jeffersonville, mu gihe twumva Ijwi ry’Imana RIHAMIRIJWE rituzanira Ubutumwa:
Turibwumve kandi dusobanukirwe byose kubijyanye n’abarinzi bo mu Isezerano rya Kera. Yuda: Umurinzi wo mu Burasirazuba; Efurayimu: Umurinzi wo mu Burengerazuba; Rubeni: Umurinzi wo Mumajyepfo; na Dani: Umurinzi wo mu majyaruguru.
Nta kintu cyashoboraga kugera aho ariho hose kuri iyo ntebe y’imbabazi kitanyuze kuri iyo miryango. Intare, ubwenge bw’umuntu, Ikimasa: imirimo ikomeye; Ikizu: Kubanguka Kwacyo.
Uburyo Ijuru, isi, no hagati, n’ahazengurutse, byari abarinzi. Kandi hejuru yabyo hari Inkingi y’Umuriro. Nta kintu cyashoboraga gukora kuri iyo ntebe y’imbabazi kitanyuze muri iyo miryango.
Noneho hari abarinzi b’Isezerano Rishya: Matayo, Mariko, Luka, na Yohana, tukagenda tugakomeza. Irembo ry’iburasirazuba ryari ririnzwe n’intare, irembo ry’amajyaruguru ryari ririnzwe n’ikizu kiguruka, Yohana, umubwirizabutumwa. Hanyuma muganga ari kuri uru ruhande, Luka, Umuntu.
Ubutumwa bwiza bune burinda imigisha ya pantekote hamwe na buri murongo wo guhamiriza neza ibyo byavuze.kandi noneho ibyakozwe n’intumwa bihamiriza uyu munsi, hamwe n’ubutumwa bwiza, ko Yesu-Kristo uko yari ejo, n’uyu munsi ariko ari kandi niko azahora iteka ryose.
Nta buryo buhari washobora kubihunga. Mu byukuri, ntidushobora kubica iruhande, kubera ko bidashobora kujya kure yacu. Twashyizweho ikimenyetso kugeza ku Munsi wo gucungurwa kwacu. Nta gihari mu gihe kizaza, nta n’ikiriho none, amakuba, inzara, inyota, urupfu, cyangwa IKINDI CYOSE, cyashobora kudutanya n’urukundo rw’Imana ruri muri Kristo Yesu.
Mbere y’imfatiro z’isi amazina yacu yari yarashyizwe mu Gitabo cy’Ubugingo cy’Umwana w’Intama kugira ngo tubone UYU Mucyo, twakire Iri Jwi, twizere Ubu Butumwa, twakire Umwuka Wera w’igihe cyacu maze tugendere muri Wo. Igihe Umwana w’Intama yatambwe, AMAZINA YACU yashyizwe mu Gitabo mu gihe kimwe bashyiriyemo aho Izina ry’Umwana w’Intama. ICYUBAHIRO KIBE ICY’UWITEKA!
Rero, nta kintu na kimwe cyashobora kudutandukanya n’ubu Butumwa. Nta kintu cyashobora kudutandukanya n’iri Jwi. Nta kintu cyashobora kudutandukanya n’Uguhishurirwa kw’Iri Jambo kuri twe. Ni ukwacu. Imana yaraduhamagaye kandi Iradutoranya ndetse Itugena mbere. Buri kintu ni icyacu, Ni ukwacu.
Hariho uburyo bumwe bwo kugera kuri ibi byose. Ugomba kuba wogejwe n’amazi y’Ijambo. Ugomba kumva Ijambo mbere y’uko winjira Aho. Kandi hariho uburyo bumwe ushobora kwegera Imana, Ni igihe binyuze mu Kwizera. Kandi Kwizera kuzanwa no kumva, kumva Ijambo ry’Imana, ibyo ni ugushushanywa n’Ahera h’ahera hagaragarira mu ntumwa y’igisekuru.
Hano Rero, malayika w’igisekuru cy’itorero ari kumurika muri ayo mazi, ni nde uri mo hano imbere, amurika imbabazi Ze. Ijambo rye, gukiranuka kwe, izina rye. Byose bimurika hano mo imbere aho mwatandukanijwe kubwo kubyizera. Ibyo murabyumva?
Ntimukigere muhagarika kumva amakasete, mugumane nayo. Mushake mu Ijambo kandi murebe niba atari ukuri. Ni Inzira yatanzwe n’Imana kubw’uyu munsi.
Ngwino wiyunge natwe muri ikigihe cy’imbeho mugihe tujya hamwe duturutse hirya no hino ku isi kugira ngo twumve Ijwi ry’Imana rihishurira Umugeni Wayo Ijambo Ryayo kuruta uko byigeze kubaho mbere. Nta gusigwa gukomeye kwaruta gukandaho bikavuga no gutega amatwi Ijwi Ryayo.
Bivuye mu ndiba y’umutima wanjye, nshobora kuvuga ngo: ndanezerewe kuba nshobora kuvuga ngo ndi Umwe muri Bo hamwe na buri umwe wese muri mwe.
Mwene Data Joseph Branham
Ubutumwa: 61-0108 – “Ibyahishuwe, Igice cya Kane igika cya III”
Igihe: Saa Sita z’amanywa, ku isaha y’I Jeffersonville