All posts by admin5

25-0323 Ikimenyetso cya Kabiri

Ubutumwa : 63-0319 Ikimenyetso cya Kabiri

BranhamTabernacle.org

Bakundwa Mwumva Amakasete,

IKIBAZO: Ese turi mu bushake Bwayo butunganye kubwo kuba twumva Amakasete?

IGISUBIZO: YEGO

IKIBAZO: Ese Umugeni  akeneye ibirenze ibivugwa ku makasete?

IGISUBIZO: OYA

IKIBAZO: Ese hari icyo dutakaza kubwo kuba twumva GUSA Amakasete?

IGISUBIZO: OYA

IKIBAZO: Ese twashobora kuba Umugeni binyuze GUSA mu kumva Amakasete?

IGISUBIZO: MU BURYO BUDASUBIRWAHO, YEGO!

Noneho mwibuke,”nta kintu na kimwe gihishurwa; nta kintu na kimwe Imana yakora; habe na gato, keretse ibanje Kugihishurira abagaragu bayo, abahanuzi.”

Rero, IBYO dukeneye BYOSE byaravuzwe kandi biri ku makasete; cyangwa,  igihe marayika Wayo wa karindwi azagaruka ku isi, WE icyo gihe azabitubwira

Oh Mugeni, reka turebere hamwe ikirimo kubaho hamwe n’Umugeni wa Kristo wo ku isi hose. Data arimo arahuriza hamwe Umugeni We binyuze mu Ijwi Rye kandi ririmo guhinda nk’inkuba, “Uku niko Uwiteka Avuga.”

Mwibuke, yatubwiye icyo Inkuba aricyo: “Guhinda gukomeye kw’inkuba ni Ijwi ry’Imana” Kandi Ijwi ry’Imana ku Mugeni ni iki? Marayika wa karindwi intumwa y’Imana, William Marrion Branham.

Yaravuze ngo hagiye kuza guhinda kurindwi kw’Inkuba k’ubwiru uko nta nubwo kwigeze kwandikwa na gato. Kandi binyuze muri uko guhinda Kurindwi kw’Inkuba, kuzahuriza hamwe Umugeni kubwo kwizera kw’izamurwa.

Ijambo ry’Uwiteka riza ku bahanuzi. Iyo hajya kubaho indi mikorere myiza kurushaho Yajyaga kuyikoresha. Yatoranije imikorere myiza kurusha indi guhera mu itangira kandi Ntishobora, kandi ntizigera, ihindura.

Rero, Ijwi ry’Imana, rivuga rinyuriye muri marayika Wayo wa karindwi, kugira ngo rihurize hamwe Umugeni Wayo kandi rimuhe kwizera kw’Izamurwa.

Guhera 1933 aho hepfo ku mugezi wa munsi, Itorero ntabwo ryigeze ritekereza ko, uwo William Marrion Branham ari Ijwi ry’Imana, Inkuba irimo ihinda,”Uko Niko Uwiteka Avuga,” kandi yoherejwe guhamagara, guteranya, no kuyobora Umugeni.

Ndifuza kugutumira kugira ngo uze wumve hamwe natwe kuri Iki Cyumweru Saa Sita z’amanywa, ku isaha y’I Jeffersonville, Umwami wacu Yesu afungura Igitabo, akamena Ikimenyetso, kandi Akacyohereza ku isi, kuri marayika We wa karindwi, kugira ngo Agihishurire TWEBWE!

Mwene Data Joseph Branham

Itariki: KUCYUMWERU, 23 Werurwe 2025

Ubutumwa: Ikimenyetso cya Kabiri 63-0319

Isaha: 12h00 z’amanywa., ku isaha y’I Jeffersonville

Ibyanditswe byo gusoma mbere yo kumva Ubutumwa:

Matayo 4:8

Umwanzi arongera amujyana mu mpinga y’umusozi muremure cyane, amwereka ubwami bwose bwo mu isi n’ubwiza bwabwo

Matayo 11: 25-26

Muri iyo minsi Yesu aravuga ati “Ndagushima Data, Mwami w’ijuru n’isi, kuko wahishe ibyo abanyabwenge n’abahanga, ukabimenyesha abana bato.

Ni koko Data, kuko ari ko wabishatse.

Matayo 24:6

Muzumva iby’intambara n’impuha z’intambara, mwirinde mudahagarika imitima kuko bitazabura kubaho, ariko imperuka izaba itaraza.

Mariko 16:16

Uwizera akabatizwa azakizwa, ariko utizera azacirwaho iteka.

Yohana 14:12

Ni ukuri, ni ukuri, ndababwira yuko unyizera, imirimo nkora na we azayikora ndetse azakora n’iyiruta, kuko njya kwa Data.

2 Abatesalonike 2: 3

Ntihakagire umuntu uboshya uburyo bwose, kuko uwo munsi utazaza kurya kwimūra Imana kutabanje kubaho, kandi urya munyabugome atarahishurwa ari we mwana wo kurimbuka.

Abaheburayo 4: 12

Kuko ijambo ry’Imana ari rizima, rifite imbaraga kandi rikagira ubugi buruta ubw’inkota zose, rigahinguranya ndetse kugeza ubwo rigabanya ubugingo n’umwuka, rikagabanya ingingo n’umusokōro kandi rikabangukira kugenzura ibyo umutima wibwira ukagambirira.

Ibyahishuwe 2:6

Ariko rero ufite icyo ngushimira, ni uko wanga imirimo y’Abanikolayiti, iyo nanjye nanga.’

Ibyahishuwe 6: 3-4 /

Umwana w’Intama amennye ikimenyetso cya kabiri, numva ikizima cya kabiri kivuga kiti “Ngwino.”

Nuko haza indi farashi itukura cyane, uyicayeho ahabwa gukura amahoro mu isi ngo bicane, kandi ahabwa inkota ndend

Ibyahishuwe 17

Haza umwe wo muri ba bamarayika barindwi bari bafite za nzabya ndwi arambwira ati “Ngwino nkwereke iteka maraya ukomeye azacirwaho, yicara ku mazi menshi.

Ni we abami bo mu isi basambanaga na we, abari mu isi bagasinda inzoga ari zo busambanyi bwe.”

Anjyana mu butayu ndi mu Mwuka, mbona umugore yicaye ku nyamaswa itukura yuzuye amazina yo gutuka Imana, ifite imitwe irindwi n’amahembe cumi.

Uwo mugore yari yambaye umwenda w’umuhengeri n’uw’umuhemba. Yari arimbishijwe n’izahabu n’amabuye y’igiciro cyinshi n’imaragarita, mu intoki ze yari afite igikombe cy’izahabu cyuzuye ibizira n’imyanda y’ubusambanyi bwe.

Mu ruhanga rwe afite izina ry’amayoberane ryanditswe ngo BABULONI IKOMEYE, NYINA W’ABAMARAYA, KANDI NYINA W’IBIZIRA BYO MU ISI.

Mbona ko uwo mugore asinze amaraso y’abera n’amaraso y’abahōwe Yesu. Mubonye ndatangara cyane.

Marayika arambaza ati “Ni iki kigutangaje? Reka nkumenere ibanga ry’uriya mugore n’iry’inyamaswa imuhetse, ifite imitwe irindwi n’amahembe cumi.

Iyo nyamaswa ubonye yahozeho nyamara ntikiriho, kandi igiye kuzamuka ive ikuzimu ijye kurimbuka. Abari mu isi amazina yabo atanditswe mu gitabo cy’ubugingo, uhereye ku kuremwa kw’isi, bazatangara babonye iyo nyamaswa yahozeho ikaba itakiriho, kandi ikazongera kubaho.

Aha ni ho hakwiriye ubwenge n’ubuhanga. Iyo mitwe irindwi ni yo misozi irindwi uwo mugore yicaraho. Kandi ni yo bami barindwi: abatanu baraguye, umwe ariho undi ntaraza, kandi naza azaba akwiriye kumara igihe gito. Ya nyamaswa yariho ikaba itakiriho, iyo ubwayo ni uwa munani, nyamara kandi ni umwe muri ba bandi barindwi kandi arajya kurimbuka. Ya mahembe cumi wabonye ni yo bami cumi batarīma, ariko bahabwa gutegekera hamwe na ya nyamaswa nk’abami kumara isaha imwe. Abo bahuje inama, baha ya nyamaswa imbaraga zabo n’ubutware bwabo.

Bazarwanya Umwana w’Intama, ariko Umwana w’Intama azabanesha, kuko ari we Mutware utwara abatware n’Umwami w’abami, kandi abari hamwe na we bahamagawe batoranijwe bakiranutse na bo bazayinesha.” Nuko arambwira ati “Ya mazi wabonye wa maraya yicaraho, ni yo moko n’amateraniro y’abantu n’amahanga n’indimi. Ya mahembe cumi wabonye na ya nyamaswabizanga maraya uwo, bimunyage bimucuze birye inyama ze, bimutwike akongoke. Kuko Imana yashyize mu mitima yabyo gukora ibyo yagambiriye, no guhuza inama no guha ya nyamaswa ubwami bwabyo, kugeza aho amagambo y’Imana azasohorera. Wa mugore wabonye ni we wa mudugudu ukomeye utegeka abami bo mu isi.

Ibyahishuwe 19: 11-16

Mbona ijuru rikinguye kandi ngiye kubona mbona ifarashi y’umweru. Uhetswe na yo yitwa Uwo kwizerwa, kandi Uw’ukuri. Ni we uca imanza zitabera akarwana intambara zikwiriye.

Amaso ye ni ibirimi by’umuriro no ku mutwe we afite ibisingo byinshi, kandi afite izina ryanditswe ritazwi n’umuntu wese keretse we wenyine.

Yambaye umwenda winitswe mu maraso kandi yitwa Jambo ry’Imana.

Ingabo zo mu ijuru ziramukurikira zihetswe n’amafarashi y’imyeru, zambaye imyenda y’ibitare myiza, yera kandi itanduye.

Mu kanwa ke havamo inkota ityaye kugira ngo ayikubite amahanga, azayaragize inkoni y’icyuma. Yengesha ibirenge mu muvure w’inkazi y’umujinya w’Imana Ishoborabyose.

Kandi ku mwenda we no ku kibero cye afite izina ryanditsweho ngo UMWAMI W’ABAMI, N’UMUTWARE UTWARA ABATWARE.

Yoweli 2:25

Nzabashumbusha imyaka inzige zariye, n’iyariwe n’uburima n’ubuzikira na kagungu, za ngabo zanjye zikomeye nabateje.

Amos 3: 6-7

Mbese impanda yavugirizwa mu mudugudu abantu ntibagire ubwoba? Hari ibibi byatera umudugudu Uwiteka atari we ubizanye?

Ni ukuri Uwiteka Imana ntizagira icyo ikora itabanje guhishurira abagaragu bayo b’abahanuzi ibihishwe byayo.

25-0316 Ikimenyetso cya Mbere

Ubutumwa : 63-0318 Ikimenyetso cya Mbere

BranhamTabernacle.org

Mukundwa Mwamikazi W’Ijuru

Nkubikiye mbyinshi kuri iki Cyumweru. Icya mbere, urumva guhinda kw’inkuba. Riraba ari Ijwi Ryanjye, Ijwi ry’Imana rivugana nawe, Mugeni Wanjye. Ndaba ndimo nguhishurira Ijambo Ryanjye birenze uko byaba byarigeze bibabaho mbere. Uraza kumbona, Umwana w’Intama wuzuyeho amaraso watambwe isi itarashyirwaho imfatiro, Afata kandi agafungura Igitabo, Akamena Ibimenyetso, Kandi akabyohereza hasi ku isi, kuri marayika Wanjye wa karindwi, William Marrion Branham, kugira ngo Ahishurire WOWE ubwiru bwari bwarahishwe kuva isi yaremwa!

Harabaho kurangurura, kuvuza akaruru, naza halleluya ziturutse ahantu hose ku isi mu gihe Ndimo mvugana nawe. Intare iraba irimo intontoma; gusigwa, imbaraga, ubwiza, kugaragara biraba birenze uko byavugwa. Wowe, Mwamikazi Wanjye, uraba urimo wicazwa ahantu ho mu ijuru hamwe Nanjye mu gihe mvugana nawe kandi nkaguha Kwizera kw’Izamurwa.

Wibuke, ugomba kugira kwa Kwizera kwahawe abera inshuro imwe gusa. Ndakubwiwe ukwiriye kumva marayika Wanjye nohereje.

 kubera ko agomba “kugarura kwizera kw’abana ku kwa ba se.” Ukwizera k’umwimerere kwa Bibiliya kugomba kugarurwa na marayika wa karindwi.

Ijambo Ryanjye rikubwira ko, mu minsi y’Ijwi rya marayika wa karindwi, atangiye kurangurura, atangiye kuvuza impanda y’Ubutumwa Bwiza; agomba kurangiza ubwiru bwose bw’Imana. Aho nta kintu kigomba kongerwaho kandi nta kintu na kimwe kigomba gukurwaho kubyo yavuze ku makasete; muvuge gusa ibyo Navugiye muri marayika Wanjye intumwa. Iyo niyo mpamvu yatumye mbifata amajwi, bityo kugira ngo mu buryo bworoheje ubashe GUKANDAHO BIVUGE kandi wumve neza neza icyo mvuze, n’uburyo nkivuzemo. Biraguha kuba urimo Kuzamurwa mu Kwizera.

Mukundwa Mwamikazi, mu Maso Yanjye, uratunganye, kuburyo budakuka, nta cyaha ufite imbere yanjye. Ntutinye, ntabwo UZIGERA unyura mu karengane; kubera ko wemeye Amaraso Yanjye, Ijambo Ryanjye, marayika Wanjye, Ijwi Ryanjye, kubw’ibyo nta cyaha ugira mu buryo bwuzuye imbere Yanjye.

Mfite ibintu nk’ibyo bikomeye nkubikiye. Uraza kubona Ijambo Ryanjye rifungukira imbere y’amaso yawe buri munsi. Nagiye nshyira ibimenyetso mu kirere kugira ngo nkubwire ikintu cyenda kubaho. Ndimo ndaza, itegure. Ushyire Ijambo Ryanjye, Ijwi Ryanjye, kumwanya wa mbere mu buzima bwawe.

Ibindi byose ubishyire ku ruhande, nta kintu cy’ingenzi gihari cyaruta Ijambo Ryanjye. Ndabizi ko umwanzi arimo kugerageza kubakubita hasi, ariko nabasezeranije ko nzabahagurutsa. Ndi kumwe namwe, ndetse MURI MWE. Wowe na Njye turimo turaba Umwe mu gihe nguhishurira Ijambo Ryanjye.

Urabizi mu mutima wawe, wowe URI Umwamikazi Wanjye Mugeni. Urabizi ko nakumenye mbere. Urabizi ko ngukunda. Urabizi ko Mba Ndi kumwe nawe buri segonda rya buri munsi. Urabizi ko NTAZIGERA NKUREKA.

Turaza kuba tugira ibihe bitangaje mu gihe nguhishurira biruseho kuri buri Cyumweru, buri munsi, mu gihe unyumva Mvuga binyuze muri marayika Wanjye kuri wowe. Abandi bashobora kutambyumva cyangwa ngo babone ibyo muri kubona, ariko birashimangiye mu mutima wawe ko iyi ariyo Nzira Yanjye Nateguye.

Mbega ubuhungiro Naguteguriye. Ushobora gusa Gukandaho Bikavuga igihe icyo aricyo cyose, kumanywa cyangwa nijoro, kugira ngo Unyumve Mvuga. Ndaba mpumuriza ubugingo bwawe mu gihe Nguhishurira Ijambo Ryanjye kandi nkakubwira uwo uri we. Buri Butumwa ni ubwawe, kandi ni ubwawe wenyine. Dushobora gusabana kandi tukaramya hamwe igihe cyose ubishakiye.

Kucyumweru I Saa Sita z’Amanywa, ku isaha y’I Jeffersonville, Itsinda ry’Umugeni riraba riteraniye hamwe ahantu hose ku isi kugira ngo twumve ubu bwiru bukomeye burimo guhishurwa. Ndabatumira kugira ngo muze mwiyunge natwe mu gihe twumva, 63-0318 – “Ikimenyetso cya Mbere”

Mwene Data Joseph

Ibyanditswe byo gusoma mu kwitegura kumva Ubutumwa:

Matayo 10: 1

Ahamagara abigishwa be cumi na babiri, abaha ubutware bwo kwirukana abadayimoni no gukiza indwara zose n’ubumuga bwose.

Matayo11: 1-14

Yesu amaze gutegeka abigishwa be cumi na babiri, avayo ajya kwigisha no kubwiriza abantu mu midugudu y’aho.

Ariko Yohana yumviye mu nzu y’imbohe ibyo Yesu akora, atuma abigishwa be ko bamubaza bati

Mbese ni wowe wa wundi ukwiriye kuza, cyangwa dutegereze undi?

Yesu arabasubiza ati “Nimugende mubwire Yohana ibyo mwumvise n’ibyo mubonye.

Impumyi zirahumuka, ibirema biragenda, ababembe barakira, ibipfamatwi birumva, abapfuye barazurwa, abakene barabwirwa ubutumwa bwiza.

Kandi hahirwa uwo ibyanjye bitazagusha.”

Abo bakigenda, Yesu atangira kuvugana n’abantu ibya Yohana ati “Mwagiye mu butayu kureba iki? Urubingo ruhungabanywa n’umuyaga?

Ariko mwagiye kureba iki? Umuntu wambaye imyenda yorohereye? Erega abambara iyorohereye baba mu ngo z’abami!

Ariko mwajyanywe n’iki? Kureba umuhanuzi? Ni koko, kandi ndababwira yuko aruta umuhanuzi cyane.

Uwo ni we wandikiwe ngo Dore ndenda gutuma integuza yanjye mbere yawe, Izakubanziriza igutunganirize inzira.’

Ndababwira ukuri, yuko mu babyawe n’abagore hatigeze kubaho umuntu uruta Yohana Umubatiza, ariko umuto mu bwami bwo mu ijuru aramuruta.
Uhereye ku gihe cya Yohana Umubatiza ukageza none, ubwami bwo mu ijuru buratwaranirwa, intwarane zibugishamo imbaraga.
Kuko abahanuzi bose n’amategeko byahanuye kugeza igihe cya Yohana,
kandi niba mushaka kubyemera, ni we Eliya wahanuwe ko azaza.

Matayo 24: 6

Muzumva iby’intambara n’impuha z’intambara, mwirinde mudahagarika imitima kuko bitazabura kubaho, ariko imperuka izaba itaraza.

Matayo 28:19

Nuko mugende muhindure abantu bo mu mahanga yose abigishwa, mubabatiza mu izina rya Data wa twese n’Umwana n’Umwuka Wera,

Yohana 12:23-28

Yesu arabasubiza ati “Igihe kirasohoye ngo Umwana w’umuntu ahabwe ubwiza bwe.

Ni ukuri, ni ukuri, ndababwira yuko iyo akabuto k’ishaka kataguye hasi ngo gapfe kagumaho konyine, ariko iyo gapfuye kera imbuto nyinshi.

Ukunda ubugingo bwe arabubura, ariko uwanga ubugingo bwe muri iyi si, azaburinda ageze ku bugingo buhoraho.

Umuntu nankorera ankurikire, kuko aho ndi n’umugaragu wanjye ari ho azaba. Umuntu nankorera Data azamuha icyubahiro.

None umutima wanjye urahagaze, kandi navuga iki? Nti ‘Data, nkiza undokore iki gihe’, kandi ari byo byanzanye ngo nkigeremo?
Data, ubahiriza izina ryawe. Nuko ijwi rivugira mu ijuru riti “Ndaryubahirije, kandi nzongera kuryubahiriza.”

Ibyakozwe 2: 38

Petero arabasubiza ati “Nimwihane, umuntu wese muri mwe abatizwe mu izina rya Yesu Kristo ngo mubone kubabarirwa ibyaha byanyu, kandi namwe muzahabwa iyi mpano y’Umwuka Wera,

2 Abatesalonike 2: 3-12

Ntihakagire umuntu uboshya uburyo bwose, kuko uwo munsi utazaza kurya kwimūra Imana kutabanje kubaho, kandi urya munyabugome atarahishurwa ari we mwana wo kurimbuka.

Ni umubisha wishyira hejuru y’icyitwa imana cyose cyangwa igisengwa, kugira ngo yicare mu rusengero rw’Imana, yiyerekane ko ari Imana.

Ntimwibuka yuko nababwiye ibyo nkiri kumwe namwe?

Kandi none muzi yuko ikimubuza ari ukugira ngo azahishurwe mu gihe cye,

kuko amayoberane y’ubugome n’ubu atangiye gukora, ariko ntazahishurwa keretse uyabuza ubu akuweho.

Ni bwo wa mugome azahishurwa, uwo Umwami Yesu azicisha umwuka uva mu kanwa ke, akamutsembesha kuboneka k’ukuza kwe.

Kuza k’uwo mugome kuri mu buryo bwo gukora kwa Satani, gufite imbaraga zose n’ibimenyetso n’ibitangaza by’ibinyoma,

n’ubuhenzi bwose bwo gukiranirwa ku barimbuka, kuko batemeye gukunda ukuri ngo bakizwe.

Ni cyo gituma Imana izaboherereza ubushukanyi bukomeye cyane ngo bizere ibinyoma,

kugira ngo abatizeye iby’ukuri bose bakishimira gukiranirwa, bacirwe ho iteka.

Abaheburayo 4: 12

Kuko ijambo ry’Imana ari rizima, rifite imbaraga kandi rikagira ubugi buruta ubw’inkota zose, rigahinguranya ndetse kugeza ubwo rigabanya ubugingo n’umwuka, rikagabanya ingingo n’umusokōro kandi rikabangukira kugenzura ibyo umutima wibwira ukagambirira.

Ibyahishuwe 6: 1-2

Nuko mbona Umwana w’Intama amena kimwe muri ibyo bimenyetso birindwi bifatanije cya gitabo, numva kimwe muri bya bizima bine kivuga ijwi nk’iry’inkuba kiti “Ngwino.”

Ngiye kubona mbona ifarashi y’umweru, kandi uyicayeho yari afite umuheto ahabwa ikamba, nuko agenda anesha kandi ngo ahore anesha.

Ibyahishuwe 10: 1-7

Mbona marayika wundi ukomeye amanuka ava mu ijuru yambaye igicu, umukororombya uri ku mutwe we, mu maso he hasa n’izuba, ibirenge bye bisa n’inkingi z’umuriro.

Mu intoki ze yari afite agatabo kabumbutse. Nuko ashyira ikirenge cye cy’iburyo ku nyanja, n’icy’ibumoso agishyira ku butaka.

Ibyahishuwe 12: 7-9

Mu ijuru habaho intambara. Mikayeli n’abamarayika be batabarira kurwanya cya kiyoka, ikiyoka kirwanana n’abamarayika bacyo.

Ntibanesha kandi mu ijuru ahabo ntihaba hakiboneka.

Cya kiyoka kinini kiracibwa, ari cyo ya nzoka ya kera yitwa Umwanzi na Satani, ari cyo kiyobya abari mu isi bose. Nuko kijugunywa mu isi, abamarayika bacyo bajugunyanwa na cyo.

Ibyahishuwe 13:16

Itera bose aboroheje n’abakomeye, n’abatunzi n’abakene, n’ab’umudendezo n’ab’imbata, gushyirwaho ikimenyetso ku kiganza cy’iburyo cyangwa mu ruhanga,

Ibyahishuwe 19: 11-16

Mbona ijuru rikinguye kandi ngiye kubona mbona ifarashi y’umweru. Uhetswe na yo yitwa Uwo kwizerwa, kandi Uw’ukuri. Ni we uca imanza zitabera akarwana intambara zikwiriye.

Amaso ye ni ibirimi by’umuriro no ku mutwe we afite ibisingo byinshi, kandi afite izina ryanditswe ritazwi n’umuntu wese keretse we wenyine.

Yambaye umwenda winitswe mu maraso kandi yitwa Jambo ry’Imana.

Ingabo zo mu ijuru ziramukurikira zihetswe n’amafarashi y’imyeru, zambaye imyenda y’ibitare myiza, yera kandi itanduye.

Mu kanwa ke havamo inkota ityaye kugira ngo ayikubite amahanga, azayaragize inkoni y’icyuma. Yengesha ibirenge mu muvure w’inkazi y’umujinya w’Imana Ishoborabyose.

Kandi ku mwenda we no ku kibero cye afite izina ryanditsweho ngo UMWAMI W’ABAMI, N’UMUTWARE UTWARA ABATWARE.

Malaki igice cya 3

Dore nzatuma integuza yanjye, izambanziriza intunganyirize inzira. Umwami mushaka azāduka mu rusengero rwe, kandi intumwa y’isezerano mwishimana dore iraje. Ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga.
Ni nde uzabasha kwihangana ku munsi wo kuza kwe? Kandi ni nde uzahagarara ubwo azaboneka? Kuko ameze nk’umuriro w’umucuzi, n’isabune y’abameshi.

Kandi azicara nk’ucura ifeza akayitunganya akayimaramo inkamba, azatunganya abahungu ba Lewi, abacenshure nk’uko bacenshura izahabu n’ifeza, maze bazature Uwiteka amaturo bakiranutse.

Maze amaturo y’i Buyuda n’i Yerusalemu azanezeze Uwiteka, nk’uko yamunezezaga mu minsi ya kera no mu myaka yashize.

Kandi nzabegera nce urubanza, nzabanguka gushinja abarozi n’abasambanyi n’abarahira ibinyoma, n’abima abakozi ibihembo byabo, bakarenganya abapfakazi n’impfubyi, bakagirira nabi umunyamahanga kandi ntibanyubahe. Ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga.
Kuko jyewe Uwiteka ntabwo mpinduka, ni cyo gituma abahungu ba Yakobo mutamarwaho.

Uhereye mu bihe bya ba sogokuruza banyu muhora muteshuka, mukareka amategeko yanjye ntimuyitondere. Nimungarukire, nanjye ndabagarukira. Ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga. Nyamara murabaza muti ‘Tuzagaruka dute?’
Mbese umuntu yakwima Imana ibyayo? Ariko mwebwe mwarabinyimye. Nyamara murabaza muti ‘Twakwimye iki?’Mwanyimye imigabane ya kimwe mu icumi n’amaturo,
muvumwa wa muvumo kuko ishyanga ryose uko mungana mwanyimye ibyanjye.
Nimuzane imigabane ya kimwe mu icumi ishyitse mubishyire mu bubiko, inzu yanjye ibemo ibyokurya. Ngaho nimubingeragereshe, ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga, murebe ko ntazabagomororera imigomero yo mu ijuru, nkabasukaho umugisha mukabura aho muwukwiza.
Nzahana indyanyi nyibahora, ntizarimbura imyaka yo ku butaka bwanyu, kandi n’umuzabibu wanyu ntuzaragarika imbuto mu murima igihe cyawo kitaragera. Ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga.
Kandi amahanga yose azabita abanyamahirwe, kuko muzaba igihugu kinezeza. Ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga.
Amagambo mwamvuze yari akomeye, ni ko Uwiteka avuga, nyamara murabaza muti ‘Twakuvuze iki?’

Mwavuze yuko gukorera Imana ari nta mumaro, kandi muti ‘Byatumariye iki ubwo twitonderaga amategeko yayo, tukagendera imbere y’Uwiteka Nyiringabo twambaye ibyo kwirabura?

Noneho abibone ni bo twita abanyamahirwe, ni koko abakora ibyaha barakomezwa, ndetse bagerageza Imana bagakizwa.'”

Maze abubahaga Uwiteka baraganiraga, Uwiteka agatega amatwi akumva, nuko igitabo kikandikirwa imbere ye cy’urwibutso rw’abubahaga Uwiteka bakita ku izina rye.

Uwiteka Nyiringabo aravuga ati “Bazaba abanjye umunsi nzakoreraho bazaba amatungo yanjye bwite, nzabababarira nk’uko umuntu ababarira umwana we umukorera.

Ubwo ni bwo muzagaruka mukamenya gutandukanya abakiranutsi n’abanyabyaha, abakorera Imana n’abatayikorera.

Malaki igice cya 4

Dore hazaba umunsi utwika nk’itanura ry’umuriro, abibone bose n’inkozi z’ibibi zose bazaba ibishingwe, maze habe umunsi uzabatwika bashire, ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga, ntuzabasigira umuzi cyangwa ishami.
Ariko mwebweho abubaha izina ryanjye, Izuba ryo gukiranuka rizabarasira rifite gukiza mu mababa yaryo, maze muzasohoka mukinagire nk’inyana zo mu kiraro.
Kandi muzaribatira abanyabyaha hasi, bazaba ivu munsi y’ibirenge byanyu ku munsi nzabikoreraho. Ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga.
Nimwibuke amategeko y’umugaragu wanjye Mose, ayo namutegekeye i Horebu yari ay’Abisirayeli bose, yari amategeko n’amateka.

Dore nzaboherereza umuhanuzi Eliya, umunsi w’Uwiteka ukomeye kandi uteye ubwoba utaragera.
Uwo ni we uzasanganya imitima  ya ba se ku bana n’imitima y’abana ku ya ba se, kugira ngo ntazaza kurimbuza isi umuvumo.

Danieli 8:23-25

IIgihe ubwo bwami buzaba bwenda gushirira, abanyabyaha bamaze gukabya, umwami w’umunyamwaga umenya ibitamenyekana azima.

Imbaraga ze zizaba zikomeye, ariko ntizizaba ari ize ubwe. Azarimbura bitangaje, azabasha ibyo yagambiriye, azarimbura abakomeye n’ubwoko bw’abera.

Azagira imigambi ituma abashishwa byose n’uburyarya, kandi azishyira hejuru mu mutima we, azarimbura benshi biraye ndetse azahaguruka kurwanya Umwami w’abami. Ariko azavunagurika nta wumukozeho.

Danieli 11:21

Bukeye mu cyimbo cye hazahaguruka umuntu w’insuzugurwa adahawe icyubahiro cy’ubwami, ariko azaza mu gihe cyo kwirara, aziheshe igihugu kwihakirizwa kwe.

Danieli 9:25-27

Nuko ubimenye, ubyitegereze yuko uhereye igihe bazategekera kubaka i Yerusalemu bayisana kugeza kuri Mesiya Umutware hazabaho ibyumweru birindwi, maze habeho ibindi byumweru mirongo itandatu na bibiri bahubake basubizeho imiharuro n’impavu, ndetse bizakorwa mu bihe biruhije.
Ibyo byumweru uko ari mirongo itandatu na bibiri nibishira Mesiya azakurwaho, kandi nta cyo azaba asigaranye. Maze abantu b’umutware uzaza bazarimbure umurwa n’ubuturo bwera, uwo iherezo rye rizaba nk’utembanywe n’umwuzure w’amazi, intambara n’ibyago bizarinda bigeza imperuka. Ni ko bitegetswe.
Uwo mutware azasezerana na benshi isezerano rikomeye, rimare icyumweru kimwe. Nikigera hagati azabuzanya ibitambo n’amaturo, umurimbuzi azaza ku ibaba ry’ibizira, maze kugeza ku mperuka yategetswe uburakari buzasandazwa kuri uwo murimbuzi.

25-0309 Icyuho kiri hagati y’Ibisekuru Birindwi by’itorero n’Ibimenyetso Birindwi

Ubutumwa : 63-0317E Icyuho kiri hagati y’Ibisekuru Birindwi by’itorero n’Ibimenyetso Birindwi

BranhamTabernacle.org

Bakundwa Mwebwe Abagaruwe,

Ntabwo njya ndambirwa kumva Ijwi ry’Imana ritubwira abo turibo, aho twaturutse, aho tugiye, n’icyo tuzaragwa, n’uburyo Idukunda cyane.

Abatambyi b’umwuka, ishyanga ryera, ritura Imana ibitambo by’umwuka, imbuto z’iminwa yabo, ihimbaza Izina rye”. Mbega ubwoko! Abo Yaronse.

guhumurizwa kwacu konyine n’amahoro bituruka mu kumva Ijwi ry’Imana rivugana natwe, hanyuma tukongera kuvugana na Data kubwo kumutura ibitambo by’imbuto z’iminwa yacu, duhimbaza Izina Ryayo.

Iyi si yose iraniha. Ibyaremwe biraniha. Turimo turaniha kandi dutegereje kuza k’Umwami. Iyi si ntacyacu ifite. Turiteguye kuva aha maze tukajya mu Birori by’Ubukwe no mu Buturo bw’Ahazaza hamwena We n’abo bose bamaze kuhagera, aho hakurya y’inyegamo y’igihe, baradutegereje.

Reka duhaguruke maze twicuguse! Dukomange amarangamutima yacu, dukangukire kureba ibirimo kubaho ubu ndetse n’ibigiye kubaho mu gihe cyo guhumbya no guhumbura.

Ntibyigeze bibaho mu mateka y’isi aho byigeze bishoboka ko Umugeni wa Kristo yiyunga hamwe ku isi hose, bose ku isaha imwe, kugira bumve Ijwi ry’Imana rivuga kandi rihishurira Umugeni Wayo Ijambo.

Abizera, baribaza ubwabo, ni irihe jwi, ni uwuhe mukozi w’Imana, n’uwuhe muntu, washobora kunga hamwe no kuzana Umugeni wa Kristo ngo ajye hamwe? Niba uri Umugeni wa Kristo, urabizi neza ko nta rindi Jwi uretse Ijwi ry’Imana riri ku makasete.

Yego, Umwuka Wera ari muri buri umwe wese muri twe, buri mukozi mu itorero, ariko Imana Ubwayo yatubwiye ko izacira isi urubanza ikoresheje Ijambo Ryayo. Umugeni azi Ijambo Ryayo ko rituruka ku muhanuzi Wayo. Umuhanuzi Wayo niwe musobanuzi WENYINE w’Ijambo ry’Imana. Icyo avuze ntawe ushobora kugira icyo yongeraho cyangwa ngo akureho. Ni Ijambo, riri ku makasete, ibyo nibyo twese bazaducira urubanza bakoresheje, kandi nta yandi magambo cyangwa ubusobanuro bw’iryo Jambo.

Ntibishoboka kurindi jwi ryose kunga Umugeni.  Ni Ijwi ry’Imana ryonyine riri ku makasete rishobora kunga Umugeni Wayo. Niryo Jambo ryonyine Umugeni wese ashobora kwemeranyaho. Niryo Jwi ryonyine Imana Ubwayo yahamirije ko ari Ijwi Ryayo ku Mugeni Wayo. Umugeni Wayo agomba kugira Igitekerezo Kimwe n’Umutima Uhuye kugira ngo abe hamwe na We.

Abakozi bashobora gukora, abigisha bashobora kwigisha, abashumba bashobora gushumba, ariko Ijwi ry’Imana riri ku makasete niryo Jwi ry’ingenzi ryonyine bagomba gushyira imbere y’abantu. Nicyo Kidakuka cy’Umugeni.

Niba ufite Guhishurirwa kw’ibyo, noneho iki nicyo kigiye kubaho.

Ijambo ritubwira ko Adamu yatakaje umurage we, ari wo si. Yavuye mu kiganza cye ijya mu kiganza cy’uwo yayigurishijeho, ariwe Satani. Yaguranye kwizera kwe mu Mana, abigurana ibitekerezo bya Satani. Yanyazwe buri gace kose kajya mu biganza bya Satani. Yabikuye mu kiganza cye abishyira mu kiganza cya Satani.

Imana ni Imana y’isi yose, ahantu hose, ariko umwana Wayo, yari afite isi mu buyobozi Bwe. Yashoboraga kuvuga, yashoboraga kwita amazina, yashoboraga kurangurura, agahagarika ibyaremwe, yarashoboye icyo ashatse cyose. Yari afite mu buryo bwuzuye ndetse bw’ikirenga ubuyobozi bw’isi.

Adamu yarabitakaje byose, ariko icyubahiro kibe icy’Imana, ibyo yatakaje byose kandi akabinyagwa byacunguwe na Mwene Wacu wa Bugufi, nta wundi utari Imana Ishobora Byose, yahindutse Imanuweli, umwe muri twe. UBU, NI IBYACU.

Turi abahungu n’abakobwa Be abo bazima kandi bakaba abami n’abatambyi hamwe na We. Dufite ubugingo buhoraho hamwe na We ndetse n’abo bose bamukunda. Nta kongera kurwara, nta gahinda, nta rupfu, hamwe n’iteka.

Mu gutekereza ibyo, ni gute twashobora kwemerera satani kudushyira hasi? Ni IBYACU, aho niho twerekeje vuba aha. Yaduhaye ikintu gikomeye cyane Yashobora kuduha. Iyi minsi mike y’ibipimo n’ibigeragezo kuri iyi si irimo irashira vuba binyuze MU NTSINZI IKOMEYE ISIGAJE IMINSI MIKE IMBERE YACU.

KWIZERA Kwacu kurakomeye bitigeze kubaho. Umunezero wacu ni mwinshi bitigeze bibaho.  Tuzi abo turibo n’aho tugiye. Turabizi ko turi mu Bushake Bwayo butunganye hamwe n’Ijambo Ryayo. Icyo ducyeneye gukora gusa ni ukugumana n’aya makasete kandi tukizera buri Jambo; atari uko tubisobanukiwe byose, AHUBWO TWIZERA BURI JAMBO… kandi TURABIKORA.

Kwizera kuzanwa no kumva, kumva Ijambo. Ijambo riza ku muhanuzi. Imana yararivuze. Imana irifata amajwi, Imana irarihishura. Twe turaryumva. Twe tukaryizera.

Mwashobora kwakira uku Guhishurirwa binyuze mu Ijwi ry’IMANA riri ku makasete.

Ibyo byose Kristo azakora ku iherezo tuzabihishurirwa muri iki cyumweru, mu Bimenyetso Birindwi, niba Imana ibitwemereye. Murabona ? Byiza cyane. Bizahishurwa, Kandi nibihishurwa, uko Ibimenyetso birindwi bizagenda bimenwa, kandi tukabihabwa, noneho dushobora kubona uwo mugambi w’ugucungurwa uwo ari wo, gihe ki na buryo ki uzagerwaho. Ibyo byose bihishwe muri iki Gitabo cy’ubwiru, hano. Gifatanishije ibimenyetso, gifungishijwe Ibimenyetso Birindwi…Kandi noneho Umwana w’Intama ni we wenyine wabasha kubimena.

Kuri iki Cyumweru 12:00 z’amanywa, ku isaha y’I Jeffersonville, igice cy’Umugeni wo ku isi hose azaba arimo kumva Ijwi ry’Imana bose ku isaha imwe. Tuzaba tunyeganyeza ijuru hamwe n’amasengesho yacu no kumuhimbaza. Ndabatumira kugira ngo muze mwiyunge natwe mu gihe twumva: Icyuho kiri hagati y’Ibisekuru Birindwi by’itorero n’Ibimenyetso Birindwi 63-0317E

Ntimuze kwibagirwa impinduka z’amasaha muri Jeffersonville kuri iyi mpera y’icyumweru

Mwene Data Joseph Branham

25-0302 Imana Yihisha Ubwayo Kandi Ikihishurira mu Gucabugufi Ni kimwe

Ubutumwa : 63-0317M Imana Yihisha Ubwayo Kandi Ikihishurira mu Gucabugufi Ni kimwe

BranhamTabernacle.org

Bakundwa Myangage yo mu Kibaya

Ku itariki 28 Gashyantare 1963, Inkuba zarakubise. Whew-whew, Abamarayika Barindwi baje baturutse mu iteka kandi babonekera Marayika wa Karindwi Intumwa y’Imana. Yarazamuwe muri iyo piramide y’uko guhura kw’inyenyeri. Hanyuma, igicu kidasanzwe kiboneka mu kirere cy’Arizona. Cyari ikimenyetso, Imana yohereza marayika Wayo wa karindwi agarutse i Jeffersonville gufungura Ibimenyetso Birindwi.

Ku itariki 28, Gashyantare 2025, imibumbe irindwi yagiye ku murongo umwe. Umugeni arimo aritegura Ubwe kugira ngo ajye hamwe maze yumve Ibimenyetso Birindwi.

Mutumiwe n’Umwami Ubwe, kugira ngo muterane hamwe n’Umugeni uturutse hirya no hino ku isi, kugira ngo twumve Ijwi ry’Imana riduhishurira Guhishurirwa kw’Ibimenyetso Birindwi.

Umunsi abahanuzi n’abanyabwenge bifuzaga kandi bagategerezanya amatsiko kuva ku itangira ry’igihe, urimo kubaho. Marayika ukomeye uwo Imana yavuze ko Izohereza ku isi mu minsi ya nyuma yaje kumena no guhishura ubwiru bw’Imana buhishwe, bityo Umwami Wacu Yesu akagaruka kubw’Umugeni We wo kwizerwa maze Akatujyana mu Birori by’Ubukwe.

Inshingano yanjye ya mbere, nkuko ninjiye muri uru rusengero rushya, nashyingiye umusore n’inkumi bahagaze mu biro byanjye. Reka bibe urugero, ko nzaba umukozi ukiranukira Kristo, kugira ngo ngeze Umugeni ku kwitegura kubw’ibirori by’ubukwe kubw’uwo Munsi.

Uyu munsi, iri Jambo ririmo rirasohora. Imana irimo iravugira muri marayika Wayo, iha Umugeni Wayo kwitegura kubw’ibirori by’Ubukwe kuri uwo Munsi. Turimo turakurikira amabwiriza uko ari. Umugeni yariteguye Ubwe kubwo KUGUMANA N’IJWI RY’IMANA RIRI KU MAKASETE.

Mbese ni iki twumvise muri izo nzozi n’amayerekwa? Ibyo Kurya, NGAHA AHO BIRI, aha niho hantu. Ijwi ryavuganye na we ngo, “Injiza Ibyo Kurya. Bihunike. Ubwo nibwo buryo bwo kubarindira hano, ni ukubaha Ibyo Kurya. “

Benshi bizera ko bivuze gusa ngo, “mugumane n’Ijambo,” kandi ibyo NI UKURI; ibyo arabivuga; ariko Umugeni nawe azasoma hagati mu mirongo nkuko Umukwe abibwira Umugeni We.

Habe n’amayerekwa ayo Imana itanga aha hantu, nayo yumviswe nabi. Iyo niyo mpamvu munyumva ku makasete, mvuga ngo, “Muvuge icyo amakasete avuga. Muvuge icyo amayerekwa avuga. ” Noneho, niba mukangutse bihagije, hari icyo muzabona. Murabona? Murabona? Ndibwira ko ntakwiriye kubifata mu kiganza ngo maze mbibereke.

Habe n’amayerekwa yumviswe nabi, ndetse na nyuma y’uko abahaye ubusobanuro. Icyo nicyo yarimo atubwira, niba mudashaka kujijwa, cyangwa ngo mwumve nabi, Mukandeho Bivuge kandi mwumve neza icyo Ijwi ry’Imana rivuga.

Ndabizi ko Ijambo rigira ubusobanuro burenze bumwe, ariko ubu ni ubusobanuro bwanjye: inzozi n’amayerekwa byose bivuga ikintu kimwe; mugumane n’amakasete. Niba ufite ikibazo, jya kuri kasete. Amakasete ni Ibyo Kurya by’Imana byahunitswe. Mugumane n’ibiri ku makasete; ntimugire icyo mwongeraho kuri Yo. Amakasete ni Uku Niko Uwiteka Avuze ku Mugeni. Ijambo riza ku muhanuzi, wenyine. Umuhanuzi niwe musobanuzi WENYINE wa kimana w’Ijambo. Umuhanuzi yagombaga guhamagara no kuyobora Umugeni. Nzacirwa urubanza bagendeye kucyavuzwe ku MAKASETE.

Buri kintu cyose kirimo kiradutungira urutoki ku MAKASETE.

Bakundwa Myangage yo mu Kibaya, kuri njye, MU GUKANDAHO BIKAVUGA NI IMANA MU BURYO BUCIYE BUGUFI KUBW’UYU MUNSI.

Buri cyumweru ndushaho kugira amatsiko; mbese ni iki agiye kuduhishurira uyu munsi nk’Umugeni We uteraniye hamwe kugira ngo yumve Ubutumwa? Ndabizi ko Umwuka Wera aza kuba asiga buri wese muri twe mu gihe Ahishura Ijambo Ryayo kurusha uko byigeze bibaho mbere. Ndiyumvamo ko ari Umwuka Wera uraba urimo kudusiga ahishura Ijambo Ryayo kuruta uko byaba byarigeze kubaho. Niyumvamo, ko mu kanya gato, Azaza maze Akatujyana mu Birori by’Ubukwe.

Turi, abahungu n’abakobwa b’Imana. Turi, urukiryi rw’Imana. Turi, abaragwa isi. Tuzagenzura ibidukikije. Tuzavuga bibeho. Turi Umugeni!

Reka ubwacu twongere twiyegurire bundi bushya umurimo, kandi ubwacu twihe Kristo.

Mwene Data Joseph Branham

Itariki: Kucyumweru, tariki 2 Werurwe 2025

Ubutumwa: Imana Yihisha Ubwayo Kandi Ikihishurira mu Gucabugufi

Ni kimwe 63-0317M

Igihe: 12:00 z’amanywa, ku isaha y’I Jeffersonville

25-0223 Mugabo, Iki Nicyo Kimenyetso Cy’Imperuka?

Ubutumwa : 62-1230E Mugabo, Iki Nicyo Kimenyetso Cy’Imperuka?

BranhamTabernacle.org

Bakundwa Bagabo,

Iki nicyo, Kimenyetso. Iki nicyo, gihe. Ubu nibwo, Butumwa. Iri niryo, Jambo. Iri niryo, Jwi ry’Imana. Uyu niwe, Mwana w’Umuntu. Iyi niyo, nzira Imana yateguye. Iri niryo, herezo ry’igihe.

Nta muhanuzi, nta ntumwa, ntihigeze na rimwe, mu gihe icyo aricyo cyose, habaho abigeze kubaho mu gihe nk’icyo turi kubamo ubu. Byanditswe mu kirere. Biranditse ku isi. Birandikwa mu binyamakuru. Iri niryo herezo, niba mushobora gusoma inyandiko yanditswe n’ikiganza.

Ufite ugutwi, reka yumve icyo Imana yavuze, kandi kigafatwa amajwi, noneho ntabwo bizaba ijambo ryanjye, ibitekerezo byanjye, imyumvire yanjye, ahubwo Ijwi ry’Imana Ubwaryo riha amabwiriza Umugeni Wayo ku cyo inzira Yayo yateguwe YONYINE kubw’uyu munsi iricyo.

Muze kandi mwumve mu gihe Ivugana natwe kandi iduhishurira binyuze mu byanditswe, binyuze mu mayerekwa, binyuze mu gusobanura inzozi, mu kugumana n’Ubutumwa, mu kugumana n’amabande. Muvuge GUSA ikiri ku mabande.

Nta nzira nziza, nta n’inzira yizewe, yaruta kumva Ijwi ry’Imana riturutse ku Mana Ubwayo. Imana yategetse Umugeni Wayo kubwo kuvuga inyuze mu muhanuzi Wayo kandi ikatubwira GUKANDAHO BIKAVUGA, nibyo nta bindi.

Mubuvuge, mububwirize, mubuhamye, kandi mubwire isi kubijyanye nabwo, ariko Itubwira ko hari inzira imwe itunganye yatanzwe ku Mugeni:  Kumva Ijwi ry’Imana ku mabande. Niba hari ikintu kikwisobye, vuza kasete. Rigomba kuba IRYAMBERE, niryo Jwi ry’ingenzi cyane mugomba kumva. Niryo Jambo Ryayo ritunganye Yashyize kuri kasete.

Noneho mugereranye ibyo n’ibindi, inzozi. Iri niryo yerekwa. Ibyo Kurya, ngIbi hano. Aha niho hantu.

Mwumve, binyuze mu nzozi no mu mayerekwa, Ibyo Kurya by’Umugeni nihe biri? Aho hantu ni he? Ubutumwa bw’Umugeni buri ku makasete.

Kandi aha numva ari nko mu rugo, kuri njye. Aha niho hantu. Kandi nimubyitegereza, inzozi zivuga icyo kintu kimwe, murabona, aho Ibyo Kurya biri.

Mu kuba duhamirijwe ko tuBifite, yongera kutubwira indi nshuro, amakasete ni Ibyo Kurya by’Umugeni.

“Nta gihe gisigaye.” Niba ariko biri, reka twitegure ubwacu, nshuti, kugira ngo duhure n’Imana yacu

Yego, Mwami, icyo nicyo cyifuzo cy’umutima wacu, kuba twiteguye kumusanganira, kuba Umugeni Wawe. Ni iki dukwiriye gukora Mwami? Ese inzira Yawe wateguye ni iyihe? Gahunda Yawe ni iyihe? Inzira Yawe intunganye ni iyihe? Watwoherereje umuhanuzi kugira ngo ujye uvugira muri we Utubwire. Utwigishe Nyamuneka.

Hari Ibyo Kurya byinshi bishyizwemo aho ubu. Reka tubikoreshe. Reka tubikoreshe ubu.

Ni gute hagira uba impumyi? Atubwira icyo tugomba gukora: hari ibyo kurya byinshi bihunitse ku makasete; mubikoreshe UBUNGUBU. Aya niyo mabwiriza y’Imana ku Mugeni Wayo.

Niba uhamya ko wizera ubu Butumwa, izere William Marrion Branham ko ari umuhanuzi tumwa y’Imana yatumwe guhamagara Umugeni ngo asohoke; ubuzima bwe bwuzuza ibyanditswe byavuze kuri we; mwizere Niryo Jwi ry’Imana kubw’iki gihe, noneho YO; Imana, ivuga binyuze mu muhanuzi Wayo, Ibwira Umugeni icyo akwiriye gukora mu Cyongereza cyoroheje.

Nubwo dusekwa, tugatotezwa, kandi bakatureba nk’abaciriritse kubera ko twumva gusa amakasete, turimo turakora icyo yatubwiye dukwiriye gukora. Urakoze Mwami kubwo Guhishurirwa.

Ndashaka gutumira isi kugira ngo mwifatanye natwe kuri iki Cyumweru I Saa Sita z’Amanywa. Ku Isaha y’I Jeffersonville, mu gihe twumva: ” 62-1230e Mugabo, Iki Nicyo Kimenyetso Cy’Imperuka?” Turaza kuba twumva byose byerekeranye:

Inkuba, Ibimenyetso Birindwi, Piramide, Urutare, Ibyo Kurya by’Umwuka, Iteka, Guhura kw’Amarayika, Ibyicaro bikuru, Iyerekwa, Inzozi, Ubuhanuzi, Ubwiru Bwahishwe, Icyanditswe nyuma y’Icyanditswe.

Nta kintu gikomeye muri ubu buzima cyaruta kumva no kumvira Ijwi ry’Imana.

Mwene Data Joseph Branham

Ibyanditswe :

Malaki Igice cya 4

1 Dore hazaba umunsi utwika nk’itanura ry’umuriro, abibone bose n’inkozi z’ibibi zose bazaba ibishingwe, maze habe umunsi uzabatwika bashire, ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga, ntuzabasigira umuzi cyangwa ishami.
2 Ariko mwebweho abubaha izina ryanjye, Izuba ryo gukiranuka rizabarasira rifite gukiza mu mababa yaryo, maze muzasohoka mukinagire nk’inyana zo mu kiraro.
3 Kandi muzaribatira abanyabyaha hasi, bazaba ivu munsi y’ibirenge byanyu ku munsi nzabikoreraho. Ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga.
4 Nimwibuke amategeko y’umugaragu wanjye Mose, ayo namutegekeye i Horebu yari ay’Abisirayeli bose, yari amategeko n’amateka.

5 Dore nzaboherereza umuhanuzi Eliya, umunsi w’Uwiteka ukomeye kandi uteye ubwoba utaragera.
6 Uwo ni we uzasanganya imitima  ya ba se ku bana n’imitima y’abana ku ya ba se, kugira ngo ntazaza kurimbuza isi umuvumo.

Matayo 13: 3-50

1 Uwo munsi Yesu asohoka mu nzu, yicara mu kibaya cy’inyanja.

2 Abantu benshi bateranira aho ari, bituma yikira mu bwato yicaramo, abantu bose bahagarara mu kibaya.

3 Abigisha byinshi, abacira imigani aravuga ati “Umubibyi yasohoye imbuto.

4 Akibiba zimwe zigwa mu nzira, inyoni ziraza zirazitoragura.

5 Izindi zigwa ku kara kadafite ubutaka bwinshi, uwo mwanya ziramera kuko ubutaka atari burebure,

6 izuba rivuye ziraraba, maze kuko zitari zifite imizi ziruma.

7 Izindi zigwa mu mahwa, amahwa araruka araziniga.

8 Izindi zigwa mu butaka bwiza zera imbuto, imwe ijana, indi mirongo itandatu, indi mirongo itatu, bityo bityo.

9 Ufite amatwi niyumve.”

10 Abigishwa baramwegera baramubaza bati “Ni iki gituma ubigishiriza mu migani?”

11 Arabasubiza ati “Mwebweho mwahawe kumenya ubwiru bw’ubwami bwo mu ijuru ariko bo ntibabihawe,

12 kuko ufite wese azahabwa kandi akarushirizwaho, ariko udafite wese azakwa n’icyo yari afite.

13 Igituma mbigishiriza mu migani ni iki: ‘Ni uko iyo barebye batitegereza, n’iyo bumvise batumva kandi ntibasobanukirwe.’

14 Ndetse ibyo Yesaya yahanuye bibasohoyeho ngo‘Kumva muzumva, ariko ntimuzabisobanukirwa,Kureba muzareba, ariko ntimuzabibona.

15 Kuko umutima w’ubu bwoko ufite ibinure,Amatwi yabo akaba ari ibihurihuri,Amaso yabo bakayahumiriza,Ngo batarebesha amaso,Batumvisha amatwi,Batamenyesha umutima,Bagahindukira ngo mbakize.’

16 Ariko amaso yanyu arahirwa kuko abona, n’amatwi yanyu kuko yumva.
Matayo 13 17 13 17 Ndababwira ukuri, yuko abahanuzi benshi n’abakiranutsi bifuzaga kureba ibyo mureba ntibabibone, no kumva ibyo mwumva ntibabyumve.
Matayo 13 18 13 18 Nuko nimwumve umugani w’umubibyi.

19 Uwumva wese ijambo ry’ubwami ntarimenye, Umubi araza agasahura ikibibwe mu mutima we. Uwo ni we usa n’izibibwe mu nzira.

20 Kandi usa n’izibibwe ku kara, uwo ni we wumva ijambo, uwo mwanya akaryemera anezerewe,

21 ntagire imizi muri we, maze agakomera umwanya muto. Iyo habayeho amakuba cyangwa kurenganywa azira iryo jambo, uwo mwanya biramugusha.

22 Kandi usa n’izibibwe mu mahwa, uwo ni we wumva ijambo, maze amaganya y’iyi si n’ibihendo by’ubutunzi bikaniga iryo jambo ntiryere.

23 Kandi usa n’izibibwe mu butaka bwiza, uwo ni we wumva ijambo akarimenya, akera imbuto umwe ijana, undi mirongo itandatu, undi mirongo itatu.”

24 Nuko abacira undi mugani aravuga ati “Ubwami bwo mu ijuru bugereranywa n’umuntu wabibye imbuto nziza mu murima we,

25 nuko abantu basinziriye, umwanzi araza abiba urukungu mu masaka, aragenda.

26 Nuko amaze kumera no kwera, urukungu na rwo ruraboneka.

27 Abagaragu be baraza babaza umutware bati ‘Mutware, ntiwabibye imbuto nziza mu murima wawe? None urukungu rurimo rwavuye he?’

28 Ati ‘Umwanzi ni we wagize atyo.’Abagaragu be baramubaza bati ‘Noneho urashaka ko tugenda tukarurandura?’

29 Na we ati ‘Oya, ahari nimurandura urukungu murarurandurana n’amasaka,

30 mureke bikurane byombi bigeze igihe cyo gusarurwa. Mu isarura nzabwira abasaruzi nti: Mubanze muteranye urukungu muruhambire imitwaro rutwikwe, maze amasaka muyahunike mu kigega cyanjye.'”

31 Abacira undi mugani ati “Ubwami bwo mu ijuru bugereranywa n’akabuto ka sinapi, umuntu yenze akakabiba mu murima we.

32 Na ko ni gato hanyuma y’imbuto zose, nyamara iyo gakuze kaba kanini kakaruta imboga zose kakaba igiti, maze inyoni zo mu kirere zikaza zikarika ibyari mu mashami yacyo.”

33 Abacira undi mugani ati “Ubwami bwo mu ijuru bugereranywa n’umusemburo umugore yenze, akawuhisha mu myariko itatu y’ifu kugeza aho iri busemburwe yose.”

34 Ayo magambo yose Yesu ayigisha abantu mu migani, kandi nta cyo yabigishaga atabaciriye umugani,

35 kugira ngo ibyavuzwe n’umuhanuzi bisohore ngo”Nzabumbura akanwa kanjye nce imigani,Nzavuga amagambo yahishwe uhereye ku kuremwa kw’isi.”

36 Maze asezera ku bantu yinjira mu nzu, abigishwa be baramwegera bati “Dusobanurire umugani w’urukungu rwo mu murima.”

37 Arabasubiza ati “Ubiba imbuto nziza ni Umwana w’umuntu,

38 umurima ni isi, imbuto nziza ni zo bana b’ubwami, urukungu ni abana b’Umubi,

39 umwanzi warubibye ni Umwanzi, isarura ni imperuka y’isi, abasaruzi ni abamarayika.

40 Nk’uko urukungu rurandurwa rugatwikwa, ni ko bizaba ku mperuka y’isi.

41 Umwana w’umuntu azatuma abamarayika be, bateranye ibintu bigusha byose n’inkozi z’ibibi babikure mu bwami bwe,

42 babajugunye mu itanura ry’umuriro. Ni ho bazaririra bakahahekenyera amenyo.

43 Icyo gihe abakiranutsi bazarabagirana nk’izuba mu bwami bwa Se. Ufite amatwi niyumve.

44 Ubwami bwo mu ijuru bugereranywa n’izahabu zahishwe mu murima, umuntu azigwaho arazitwikira aragenda, umunezero umutera kugura ibyo yari atunze byose ngo abone kugura uwo murima.
45 Kandi ubwami bwo mu ijuru bugereranywa n’umutunzi ushaka imaragarita nziza,

46 abonye imaragarita imwe y’igiciro cyinshi, aragenda agura ibyo yari atunze byose ngo abone kuyigura.

47 Nuko kandi ubwami bwo mu ijuru bugereranywa n’urushundura bajugunya mu nyanja, ruroba ifi z’amoko yose.
48 Iyo rwuzuye barukururira ku nkombe, bakicara bagatoranyamo inziza bakazishyira mu mbehe, imbi bakazita.
49 Uko ni ko bizaba ku mperuka y’isi: abamarayika bazasohoka batoranye abanyabyaha mu bakiranutsi,
50 babajugunye mu itanura ry’umuriro, ni ho bazaririra bakahahekenyera amenyo.
51 Ayo magambo yose aho murayumvise?” Baramusubiza bati “Yee.”

Abaroma 9:33 /

nk’uko byanditswe ngo “Dore ndashyira muri Siyoni Ibuye risitaza, Urutare rugusha, Ariko urwizera ntazakorwa n’isoni.”

Abaroma 11:25 /

25 Bene Data kugira ngo mutabona uko mwirata ndashaka ko mumenya iby’iri banga: Abisirayeli bamwe banangiwe imitima ariko si bose, kugeza ubwo abanyamahanga bazinjira mu Itorero bakagera ku mubare ushyitse.

Abaroma 16:25

25 Imana ibasha kubakomeresha ubutumwa bwiza no kubwiriza ko ibya Yesu Kristo nababwirije bihuza n’ibanga ryahishwe uhereye kera kose,

1 Abakorinto 14: 8/

8 Kandi n’impanda na yo ivuze ijwi ritamenyekana, ni nde wakwitegura gutabara?

1 Abakorinto igice cya 15

1 Bene Data, ndabamenyesha ubutumwa bwiza nababwirije, ubwo mwakiriye mukabukomereramo

2 kandi mugakizwa na bwo, niba mubukomeza nk’uko nabubabwirije, keretse mwaba mwizereye ubusa.

3 Muzi ko nabanje kubaha ibyo nanjye nahawe kumenya, yuko Kristo yapfiriye ibyaha byacu nk’uko byari byaranditswe,

4 agahambwa akazuka ku munsi wa gatatu nk’uko byari byaranditswe na none,

5 akabonekera Kefa maze akabonekera abo cumi na babiri,

6 hanyuma akabonekera bene Data basaga magana atanu muri abo benshi baracyariho n’ubu ariko bamwe barasinziriye.

7 Yongeye kubonekera Yakobo, abonekera n’izindi ntumwa zose.

8 Kandi nyuma ya bose nanjye arambonekera ndi nk’umwana w’icyenda,

9 kuko noroheje hanyuma y’izindi ntumwa zose, ndetse ntibinkwiriye ko nitwa intumwa kuko narenganyaga Itorero ry’Imana.

10 Ariko ubuntu bw’Imana ni bwo bwatumye mba uko ndi, kandi ubuntu bwayo nahawe ntibwabaye ubw’ubusa, ahubwo nakoze imirimo myinshi iruta iya bose, nyamara si jye ahubwo ni ubuntu bw’Imana buri kumwe nanjye.

11 Nuko rero ari jye cyangwa bo, ibyo ni byo tubabwiriza, namwe ni byo mwizeye.

12 Ariko ubwo abantu babwiriza ibya Kristo yuko yazutse, bamwe muri mwe bavuga bate yuko nta wuzuka?

13 Niba nta wuzuka na Kristo ntarakazuka,

14 kandi niba Kristo atazutse ibyo tubwiriza ni iby’ubusa, no kwizera kwanyu kuba kubaye uk’ubusa.

15 Ndetse natwe tuba tubonetse ko turi abagabo bo guhamya Imana ibinyoma, kuko twayihamije yuko yazuye Kristo, uwo itazuye niba abapfuye batazuka.

16 Niba abapfuye batazuka na Kristo ntarakazuka,

17 kandi niba Kristo atazutse kwizera kwanyu ntikugira umumaro, ahubwo muracyari mu byaha byanyu.

18 Kandi niba bimeze bityo, n’abasinziriye muri Kristo bararimbutse.

19 Niba muri ubu bugingo Kristo ari we twiringiye gusa, tuba duhindutse abo kugirirwa impuhwe kuruta abandi bantu bose.

20 Ariko noneho Kristo yarazutse, ni we muganura w’abasinziriye,

21 kuko ubwo urupfu rwazanywe n’umuntu, ni ko no kuzuka kw’abapfuye kwazanywe n’umuntu.

22 Nk’uko bose bokojwe gupfa na Adamu, ni ko bose bazahindurwa bazima na Kristo,

23 ariko umuntu wese mu mwanya we kuko Kristo ari we muganura, maze hanyuma aba Kristo bakazabona kuzuka ubwo azaza.

24 Ni bwo imperuka izaherako isohore, ubwo azashyikiriza Imana ubwami, ari yo Data wa twese, amaze gukuraho ingoma zose n’ubutware bwose n’imbaraga zose,

25 kuko akwiriye gutegeka kugeza aho azashyirira abanzi be munsi y’ibirenge bye.

26 Umwanzi uzaheruka gukurwaho ni urupfu,

27 kuko handitswe ngo “Yamuhaye gutwara byose abishyira munsi y’ibirenge bye.” Ariko ubwo ivuga iti “Ahawe gutwara byose”, biragaragara yuko Iyamuhaye gutwara byose itabibariwemo.

28 Nuko byose nibimara kumwegurirwa, ni bwo n’Umwana w’Imana ubwe aziyegurira Iyamweguriye byose kugira ngo Imana ibe byose kuri bose.

29 Niba bitabaye bityo, ababatirizwa abapfuye bazagira bate? Niba abapfuye batazuka rwose ni iki gituma bababatirizwa?

30 Ni iki gituma natwe ubwacu duhora twishyira mu kaga hato na hato?

31 Ndabarahira yuko mpora mpfa uko bukeye, mbiterwa n’ishema mfite ku bwanyu muri Kristo Yesu Umwami wacu.

32 Niba nararwanye n’inyamaswa muri Efeso nk’uko abantu bamwe babigenza byamariye iki? Niba abapfuye batazuka reka twirire, twinywere kuko ejo tuzapfa.

33 (Ntimuyobe, kwifatanya n’ababi konona ingeso nziza.

34 Nimuhugukire gukiranuka nk’uko bibakwiriye, ntimukongere gukora ibyaha kuko bamwe batamenye Imana. Ibyo mbivugiye kubakoza isoni).

35 Ariko bamwe bazabaza bati “Abapfuye bazurwa bate? Kandi bazaba bafite mubiri ki?”

36 Wa mupfu we, icyo ubiba ntikiba kizima kitabanje gupfa.

37 Kandi icyo ubiba ntikiba gifite umubiri kizagira hanyuma, ahubwo ubiba akabuto ubwako kenda kaba ishaka cyangwa akandi kabuto.

38 Ariko Imana igaha umubiri nk’uko yawukageneye, kandi akabuto kose igaha umubiri wako ukwako.

39 Inyama zose si zimwe ahubwo iz’abantu ziri ukwazo, n’iz’inyamaswa ziri ukwazo, n’iz’ibisiga ziri ukwazo, n’iz’ifi ziri ukwazo.

40 Kandi hariho imibiri yo mu ijuru n’imibiri yo mu isi, ariko ubwiza bw’iyo mu ijuru buri ukwabwo, n’ubw’iyo mu isi na bwo buri ukwabwo.

41 Ubwiza bw’izuba buri ukwabwo, n’ubwiza bw’ukwezi buri ukwabwo, n’ubwiza bw’inyenyeri buri ukwabwo, kuko inyenyeri imwe itanganya ubwiza n’indi nyenyeri.

42 No kuzuka kw’abapfuye ni ko kuri: umubiri ubibwa ari uwo kubora ukazazurwa ari uwo kutazabora,

43 ubibwa ufite igisuzuguriro ukazazurwa ufite ubwiza, ubibwa utagira intege ukazazurwa ufite imbaraga,

44 ubibwa ari umubiri wa kavukire ukazazurwa ari umubiri w’umwuka. Niba hariho umubiri wa kavukire hariho n’uw’umwuka.

45 Uko ni ko byanditswe ngo “Umuntu wa mbere ari we Adamu yabaye ubugingo buzima”, naho Adamu wa nyuma yabaye umwuka utanga ubugingo.

46 Ariko umwuka si wo ubanza, ahubwo umubiri ni wo ubanza hagaheruka umwuka.

47 Umuntu wa mbere yaturutse mu butaka ari uw’ubutaka, naho umuntu wa kabiri yaturutse mu ijuru.

48 Nk’uko uw’ubutaka ari ni ko n’ab’ubutaka bandi bari, kandi nk’uko uw’ijuru ari ni ko n’ab’ijuru bandi bari.

49 Kandi nk’uko twambaye ishusho y’uw’ubutaka, ni ko tuzambara n’ishusho y’uw’ijuru.

50 Nuko bene Data, icyo mvuga ni iki yuko abafite umubiri n’amaraso bisa batabasha kuragwa ubwami bw’Imana, kandi ibibora bitabasha kuragwa ibitabora.

51 Dore mbamenere ibanga: ntituzasinzira twese, ahubwo twese tuzahindurwa

52 mu kanya gato, ndetse mu kanya nk’ako guhumbya, ubwo impanda y’imperuka izavuga. Impanda izavuga koko, abapfuye bazurwe ubutazongera kubora natwe duhindurwe,

53 kuko uyu mubiri ubora ukwiriye kuzambikwa kutabora, kandi uyu mubiri upfa ukwiriye kuzambikwa kudapfa.

54 Ariko uyu ubora numara kwambikwa kutabora, n’uyu upfa ukambikwa kudapfa, ni bwo hazasohora rya jambo ryanditswe ngo “Urupfu rumizwe no kunesha.”

55 Wa rupfu we, kunesha kwawe kuri he? Wa rupfu we, urubori rwawe ruri he?

56 Ibyaha ni byo rubori rw’urupfu, kandi imbaraga z’ibyaha ni amategeko.

57 Ariko Imana ishimwe iduha kunesha ku bw’Umwami wacu Yesu Kristo.

58 Nuko bene Data bakundwa, mukomere mutanyeganyega murushaho iteka gukora imirimo y’Umwami, kuko muzi yuko umuhati wanyu atari uw’ubusa ku Mwami.

Abagalatiya 2:20

20 Nabambanywe na Kristo ariko ndiho, nyamara si jye uriho, ahubwo ni Kristo uriho muri jye. Ibyo nkora byose nkiriho mu mubiri, mbikoreshwa no kwizera Umwana w’Imana wankunze akanyitangira.

Abefeso 3: 1-11 /

1 Ni cyo gituma jyewe Pawulo ndi imbohe ya Kristo Yesu, mbohewe mwebwe abanyamahanga.

2 Kandi namwe mwumvise iby’ubutware bwo kugabura ubuntu bw’Imana nahawe ku bwanyu,

3 ko mpishurirwa ubwiru bwayo mu iyerekwa nk’uko nabanje kwandika mu magambo make.

4 Namwe nimuyasoma muzirebera ubwanyu uburyo menye ubwiru bwa Kristo koko.

5 Ubwo ntibwamenyeshejwe abana b’abantu mu bindi bihe, nk’uko muri iki gihe intumwa ze zera n’abahanuzi babuhishuriwe n’Umwuka,

6 yuko abanyamahanga ari abaraganwa natwe kandi bakaba ingingo z’umubiri umwe natwe, abaheshejwe n’ubutumwa bwiza kuzagabana natwe muri Kristo Yesu ibyasezeranijwe.

7 Nanjye nahindutse umubwiriza wabwo nk’uko impano iri y’ubuntu bw’Imana, iyo naheshejwe n’imbaraga zayo zinkoreramo.

8 Nubwo noroheje cyane hanyuma y’abera bose, naherewe ubwo buntu kugira ngo mbwirize abanyamahanga ubutumwa bwiza bw’ubutunzi bwa Kristo butarondoreka,

9 njijure bose ngo bamenye uburyo iby’ubwiru bikwiriye kugenda, ari bwo bwahishwe n’Imana yaremye byose uhereye kera kose,

10 kugira ngo muri iki gihe abatware n’abafite ubushobozi bwo mu ijuru mu buryo bw’umwuka, bamenyeshwe n’Itorero ubwenge bw’Imana bw’uburyo bwinshi

11 nk’uko yabigambiriye kera kose muri Kristo Yesu Umwami wacu.

Abefeso 6: 19/

19 Kandi nanjye munsabire mpabwe kuvuga nshize amanga uko mbumbuye akanwa, kugira ngo menyeshe abantu ubwiru bw’ubutumwa bwiza,

Abefeso 5: 28-32

28 Uko ni ko abagabo bakwiriye gukunda abagore babo nk’imibiri yabo. Ukunda umugore we aba yikunda,

29 kuko ari nta muntu wakwanga umubiri we, ahubwo yawugaburira akawukuyakuya nk’uko Kristo abigirira Itorero,

30 kuko turi ingingo z’umubiri we.

31 Ni cyo gituma umuntu azasiga se na nyina akabana n’umugore we akaramata, bombi bakaba umubiri umwe.

32 Ibyo ni ubwiru bukomeye cyane, ariko ibyo mvuga byerekeye kuri Kristo n’Itorero.

Abakolosayi 4: 3

3 Kandi natwe mudusabire kugira ngo Imana idukingurire urugi rwo kuvuga ijambo ryayo, tuvuge ubwiru bwa Kristo, ubwo nabohewe

1 Abatesalonike 4: 14-17

14 Ubwo twemeye yuko Yesu yapfuye akazuka, abe ari ko twizera yuko Imana izazanana na Yesu abasinziririye muri we.

15 Iki ni cyo tubabwira tukibwirijwe n’ijambo ry’Umwami wacu yuko twebwe abazaba bakiriho, basigaye kugeza ku kuza k’Umwami, tutazabanziriza na hato abasinziriye.

16 Kuko Umwami ubwe azaza amanutse ava mu ijuru aranguruye ijwi rirenga, hamwe n’ijwi rya marayika ukomeye n’impanda y’Imana, nuko abapfiriye muri Kristo ni bo bazabanza kuzuka,

17 maze natwe abazaba bakiriho basigaye duhereko tujyananwe na bo, tuzamuwe mu bicu gusanganira Umwami mu kirere. Nuko rero tuzabana n’Umwami iteka ryose.

1 Timoteyo 3:16

16 Si ugushidikanya, ubwiru bw’ubumana burakomeye cyane: Imana kwerekanwa ifite umubiri, ikagaragara ko ari umukiranutsi mu mwuka, ikabonwa n’abamarayika, ikamamazwa mu banyamahanga, ikizerwa mu isi, ikazamurwa igahabwa ubwiza.

Abaheburayo 13: 8

8 Yesu Kristo uko yari ari ejo, n’uyu munsi ni ko ari kandi ni ko azahora iteka ryose.

2 Petero 2:6

6 Kuko mu byanditswe harimo aya magambo ngo “Dore ndashyira muri Siyoni ibuye rikomeza impfuruka, Ryatoranijwe kandi ry’igiciro cyinshi, Kandi uryizera ntazakorwa n’isoni.”

Ibyahishuwe 1:20 /

20 n’ubwiru bw’inyenyeri ndwi, izo umbonanye mu kuboko kwanjye kw’iburyo, n’iby’ibitereko by’amatabaza birindwi by’izahabu. Dore izo nyenyeri ndwi ni zo bamarayika b’ayo matorero arindwi, naho ibitereko by’amatabaza birindwi ni byo matorero arindwi.

Ibyahishuwe 3:14 /

14 Wandikire marayika w’Itorero ry’i Lawodikiya uti Uwiyita Amen, umugabo wo guhamya kandi ukiranuka w’ukuri, inkomoko y’ibyo Imana yaremye aravuga aya magambo ati

Ibyahishuwe 5: 1/

1 Mbonana Iyicaye kuri ya ntebe igitabo mu kuboko kw’iburyo cyanditswe imbere n’inyuma, kandi gifatanishijwe ibimenyetso birindwi by’ubushishi.

Ibyahishuwe 6: 1/

1 Nuko mbona Umwana w’Intama amena kimwe muri ibyo bimenyetso birindwi bifatanije cya gitabo, numva kimwe muri bya bizima bine kivuga ijwi nk’iry’inkuba kiti “Ngwino.”

Ibyahishuwe 10: 1-7 /

1 Mbona marayika wundi ukomeye amanuka ava mu ijuru yambaye igicu, umukororombya uri ku mutwe we, mu maso he hasa n’izuba, ibirenge bye bisa n’inkingi z’umuriro.

2 Mu intoki ze yari afite agatabo kabumbutse. Nuko ashyira ikirenge cye cy’iburyo ku nyanja, n’icy’ibumoso agishyira ku butaka.

3 Arangurura ijwi rirenga nk’uko intare yivuga, avuze iryo jwi rirenga guhinda kurindwi kw’inkuba kuvuga amajwi yako.

4 Kandi guhinda kurindwi kw’inkuba kumaze kuvuga, nari ngiye kwandika nuko numva ijwi rivugira mu ijuru rimbwira riti “Iby’uko guhinda kurindwi kw’inkuba kuvuze ubizigame, bibe ubwiru ntubyandike.”

5 Marayika nabonye ahagaze ku nyanja no ku butaka amanika ukuboko kwe kw’iburyo, agutunga mu ijuru

6 arahira Ihoraho iteka ryose yaremye ijuru n’ibirimo, n’isi n’ibiyirimo n’inyanja n’ibiyirimo ati “Ntihazabaho igihe ukundi,

7 ahubwo mu minsi y’ijwi rya marayika wa karindwi ubwo azatangira kuvuza impanda, ni ho ubwiru bw’Imana buzaba busohoye nk’uko yabwiye imbata zayo ari zo bahanuzi.”

Ibyahishuwe igice cya 17

1 Haza umwe wo muri ba bamarayika barindwi bari bafite za nzabya ndwi arambwira ati “Ngwino nkwereke iteka maraya ukomeye azacirwaho, yicara ku mazi menshi.

2 Ni we abami bo mu isi basambanaga na we, abari mu isi bagasinda inzoga ari zo busambanyi bwe.”

3 Anjyana mu butayu ndi mu Mwuka, mbona umugore yicaye ku nyamaswa itukura yuzuye amazina yo gutuka Imana, ifite imitwe irindwi n’amahembe cumi.

4 Uwo mugore yari yambaye umwenda w’umuhengeri n’uw’umuhemba. Yari arimbishijwe n’izahabu n’amabuye y’igiciro cyinshi n’imaragarita, mu intoki ze yari afite igikombe cy’izahabu cyuzuye ibizira n’imyanda y’ubusambanyi bwe.

5 Mu ruhanga rwe afite izina ry’amayoberane ryanditswe ngo BABULONI IKOMEYE, NYINA W’ABAMARAYA, KANDI NYINA W’IBIZIRA BYO MU ISI.

6 Mbona ko uwo mugore asinze amaraso y’abera n’amaraso y’abahōwe Yesu. Mubonye ndatangara cyane.

7 Marayika arambaza ati “Ni iki kigutangaje? Reka nkumenere ibanga ry’uriya mugore n’iry’inyamaswa imuhetse, ifite imitwe irindwi n’amahembe cumi.

8 Iyo nyamaswa ubonye yahozeho nyamara ntikiriho, kandi igiye kuzamuka ive ikuzimu ijye kurimbuka. Abari mu isi amazina yabo atanditswe mu gitabo cy’ubugingo, uhereye ku kuremwa kw’isi, bazatangara babonye iyo nyamaswa yahozeho ikaba itakiriho, kandi ikazongera kubaho.

9 Aha ni ho hakwiriye ubwenge n’ubuhanga. Iyo mitwe irindwi ni yo misozi irindwi uwo mugore yicaraho.
17 10 Kandi ni yo bami barindwi: abatanu baraguye, umwe ariho undi ntaraza, kandi naza azaba akwiriye kumara igihe gito.
11 Ya nyamaswa yariho ikaba itakiriho, iyo ubwayo ni uwa munani, nyamara kandi ni umwe muri ba bandi barindwi kandi arajya kurimbuka.
12 Ya mahembe cumi wabonye ni yo bami cumi batarīma, ariko bahabwa gutegekera hamwe na ya nyamaswa nk’abami kumara isaha imwe.

13 Abo bahuje inama, baha ya nyamaswa imbaraga zabo n’ubutware bwabo.

14 Bazarwanya Umwana w’Intama, ariko Umwana w’Intama azabanesha, kuko ari we Mutware utwara abatware n’Umwami w’abami, kandi abari hamwe na we bahamagawe batoranijwe bakiranutse na bo bazayinesha.”

15 Nuko arambwira ati “Ya mazi wabonye wa maraya yicaraho, ni yo moko n’amateraniro y’abantu n’amahanga n’indimi.

16 Ya mahembe cumi wabonye na ya nyamaswabizanga maraya uwo, bimunyage bimucuze birye inyama ze, bimutwike akongoke.

17 Kuko Imana yashyize mu mitima yabyo gukora ibyo yagambiriye, no guhuza inama no guha ya nyamaswa ubwami bwabyo, kugeza aho amagambo y’Imana azasohorera.

18 Wa mugore wabonye ni we wa mudugudu ukomeye utegeka abami bo mu isi.

25-0216 Icyumweru cya mirongo irindwi cya Daniel

Ubutumwa : 61-0806 Icyumweru cya mirongo irindwi cya Daniel

BranhamTabernacle.org

Bakundwa Bari Maso Kandi Bategereje,

Hariho umunezero mwinshi hagati mu Mugeni kuruta uko byigeze bibaho mbere. Dutegerezanyije amatsiko bikomeye; Umwaka wa Yubile wacu wenda kugera. Umugeni yategereje igihe kirekire kugeza ubwo uyu munsi ugeze. Iherezo ry’igihe cy’Abanyamahanga rirageze kandi gutangira iteka hamwe n’Umwami wacu biraza vuba.

Dusobanukiwe igihe turi kubamo kubwo kumva Ijambo. Igihe cyarangiye. Igihe cy’izamurwa kiregereje. Twahageze. Umwuka Wera waraje maze uhishurira Umugeni Wayo ibyo bintu byose bikomeye, byimbitse, ibintu by’ubwiru.

Turamaramaje rwose, mu gushaka Imana; twitegura ubwacu. Twajugunye ibintu byose by’isi. Amaganya y’ubu buzima ntacyo avuze kuri twe. Kwizera kwacu kwamaze gufata intera ndende kurusha uko byigeze bibaho. Umwuka Wera arimo guha Umugeni We watoranijwe Kwizera kw’Izamurwa, bityo kugira ngo Abashe kuza maze Amuzamure.

Ibi byumweru mirongo itandatu n’icyenda birahura neza neza; ukugenda kw’Abayahudi kurahuye neza neza; igisekuru cy’Itorero kirahuye neza neza. Turi mu gihe cy’iherezo, mu gihe cy’iherezo, igisekuru cya Lawodikiya, iherezo ryacyo. Inyenyeri ntumwa bose babwirije ubutumwa bwabo. Ubwo bwaratangajwe. Turi gutambuka bitatugoye.

Mbega igihe gitangaje turi kubamo. Nicyo gikomeye mu bihe byose kuko umwanzi atera buri wese kuruta uko byigeze bibaho mbere. Arimo aratunagaho ibyo afite byose. Aramaramaje, kubera ko aziko igihe cye kigeze ku iherezo.

Ariko nubwo bimeze bityo, ntitwigeze tunezerwa nka gutya mu buzima bwacu.

  • Ntitwigeze na rimwe twegera Umwami cyane nkuku
  • Umwuka Wera yuzuye muri buri gace k’umubiri wacu.
  • Urukundo rwacu kubw’Ijambo Ryayo ntirwigeze na rimwe ruba runini nka gutya
  • Guhishurirwa Ijambo Ryayo kwacu kuzuye ubugingo bwacu.
  • Turimo turatsinda buri mwanzi dukoresheje Ijambo

KANDI, ntabwo twigeze tumenya neza abo turibo nk’ubu:

  • ABAGENWE MBERE
  • ABATOWE
  • ABATORANIJWE
  • URUBYARYO RW’UBWAMI
  • INKORAMUTIMA
  • ABITEKA, ABAMBAYE IKANZU YERA, MUKAYESU, ABUMVA AMAKASETE, ABAMURIKIWE, UMWARI UTANDUYE, ABUZUYE UMWUKA, ABATANESHWA, ABAGIZWE ABANA, ABATARIMVANGE, UMUGENI MWARI JAMBO.

Ni iki cyenda gukurikiraho? Ibuye riraje. Turi maso, dutegereje kandi dusenga buri munota na buri munsi. Nta kindi twitayeho uretse kwitegura ubwacu kubwo kuza Kwe.

Ntabwo ari ukuvuga ngo, “niko tubitekereza”, TURABIZI. Nta gushidikianya. Mu kanya gato, mu kanya nk’ako guhumbya no guhumbura biba birangiye, kandi tuzaba turi kurundi ruhande hamwe n’abo dukunda bose na WE aho mu Birori by’Ubukwe.

KANDI UKO NI UGUTANGIRA… KANDI NTABWO BIGIRA IHEREZO!!

Muze mwitegure kubw’ibyo Birori by’Ubukwe hamwe na twe kuri iki Cyumweru I Saa Sita z’Amanywa, ku isaha y’I Jeffersonville, mu gihe Imana ivuga inyuriye muri marayika Wayo ukomeye, uwo Yatumye kugira ngo ayobore Umugeni Wayo, mu gihe avuga, kandi agahishura, iby’amabanga y’Imana byose.

Mwene Data Joseph Branham

Ubutumwa: 61-0806 – Icyumweru cya mirongo irindwi cya Daniel

25-0209 Intego Esheshatu Z’Uruzinduko rwa Gaburiyeli kuri Daniyeli

Ubutumwa : 61-0730E Intego Esheshatu Z’Uruzinduko rwa Gaburiyeli kuri Daniyeli

BranhamTabernacle.org

Mukundwa Mugeni Unezerewe

Twuburiye amaso yacu mu Ijuru mu gusenga no kwinginga kugira ngo tumenye umunsi n’isaha nyirizina turi kubamo.

Kurusha uko byigeze kubaho mbere, twicaye ahantu ho mu ijuru, hirya no hino mu isi, turimo twumva Imana ivuga kandi Iduhishurira Ijambo Ryayo binyuze mu ntumwa marayika ukomeye. Intumwa marayika wo ku isi uwo Data yoherereje Umugeni We muri iyi minsi yanyuma kugira ngo ahishure Ijambo Rye.

Gabrieli ni marayika w’ubwoko bw’Imana bwatoranijwe, Abisiraheli. Ariko ku Mugeni Wayo w’Umunyamahanga, Melikisedeki Ubwe araza maze akavuga anyuriye mu minwa y’umuntu muri marayika wo ku isi witwa William Marrion Branham, bityo Ashobora kuvuga kandi agahishurira Ijambo Rye RYOSE Umugeni We mukundwa

Yemeye ko rifatwa amajwi, Irarihunika, kandi Irarizigama, kugira ngo Umugeni azabashe kubona Ibyo Kurya Bye by’Umwuka, Manu yahishwe, biri ku mitwe y’intoki ze buri munota wa buri munsi kugeza ku mperuka y’isi.

Umuntu wacu w’imbere yuzuye uko gusigwa mu gihe twumva Ijwi ry’Imana riduhishurira Ijambo Ryayo. Mbega uburyo Afungura Ijambo Rye kugira ngo tubibone mu buryo bugaragara kandi dusobanukirwa icyo bisobanura. Bihishura isaha turi kubamo nyirizina, bikatubwira abo turibo n’ibigiye kubaho vuba aha; Kuzamurwa kwacu kwegereje.

Ndetse Ahishurira Umugeni We ibizaba birimo kubaho hano ku isi mu gihe tuzaba turi kumwe na We mu Birori by’Ubukwe. Mbega uburyo Azafungura amaso ahumye y’ubwoko Bwe Bwatoranijwe; abo Yahumye ku nyungu z’Umugeni We w’Umunyamahanga

Nshuti zanye, nzi uburyo turambiwe n’iyi si n’uburyo twifuza cyane Kuza Kwe kugira ngo atujyane, ariko reka twishime kandi dushimire ibiri kubaho ubu imbere y’amaso yacu.

Reka tuzamure ibiganza byacu, imitima yacu, amajwi yacu, kandi tunezerwe. Atari gusa kuba dutegereje icyo Aza dukorera vuba aha, ahubwo reka tunezererwe icyo Arimo Aduhishurira kandi Adukorera UBUNGUBU.

Arimo Aratubwira ko turi Umugeni We yagennye mbere urimo yiyunga na We n’Ijambo Rye. Abiduhamiriza kenshi cyane, ko turi Ubushake Bwe butunganye kubwo kugumana n’Ijwi Rye, Ijambo Rye, marayika We. Yaduhaye KWIZERA mu kumenya no gusobanukirwa abo turi bo:

IJAMBO RYE RIRI KUBAHO MU MUBIRI.

Ntacyo dufite cyo gutinya; ntacyo kuduhangayikisha; nta gihari cyo kudutera agahinda. Mbega niburyo ki menya ibyo? NIKO IMANA YAVUZE! MUREKE TUNEZERWE, TWISHIME, TUYISHIMIRE; IJAMBO RIZIMA RIBA KANDI RITUYE MURI TWE. TURI URUBYARO RWE RW’IKIRENGA RWA CYAMI.

Nyakuri nizera ko Umwami Nawe Anejejwe no kumenya ko igihe kigeze kandi ko twamaze kwitegura ubwacu kubwo gukomeza kuba ab’ukuri n’abo kwizerwa ku Ijambo Rye.

Kimwe na wa muhungu muto wirebye mu ndorerwamo ku nshuro ye ya mbere, turimo turareba mu Ijambo Rye, tukabona abo TURIBO. Mwami… BURYA NINJYE. Ndi Umugeni Jambo Muzima Wawe. Ni NJYE watoranije. Ndi muri Wowe, Uri muri njye, turi Umwe.

Ni gute tutashobora kwishima no kuba ubwoko bunezerewe cyane bwigeze kubaho kwisi? Abera bose n’abahanuzi mbere yacu bifuzaga kubaho muri iki gihe maze bakareba aya masezerano arimo asohora. Ariko kubw’UBUNTU bw’Imana, Yadushyize hano.

Turakumbuye cyane:

Brrrr! Mbega!Whew! Mu yandi magambo, igihe umwanzi yashyizwe ku ruhande, iherezo ry’icyaha ryari rije, haje gukiranuka kw’iteka, Satani abohewe mu rwobo rutagira indiba, kandi kumenya Uwiteka kuzuzura isi nkuko amazi yuzura inyanja. Amena! Icyubahiro kibe icy’Uwiteka! Araje, mwene Data, Araje!

Mbega gusigwa kuza kuba kuri kubaho Kucyumweru I Saa Sita z’Amanywa, ku isaha y’I Jeffersonville, mu gihe duterana hamwe duturutse hirya no hino ku isi kugira ngo twumve marayika w’Imana, Ijwi ry’Imana ku Mugeni, rituzanira Ubutumwa: Intego Esheshatu Z’Uruzinduko rwa Gaburiyeli kuri Daniyeli

Mwene Data. Joseph Branham

25-0202 Amabwiriza Gaburiyeri yahaye Daniyeli

Ubutumwa : 61-0730M Amabwiriza Gaburiyeri yahaye Daniyeli

BranhamTabernacle.org

Bakundwa Bariho Kubw’Umugambi

Mbega ibihe byiza by’igihe cy’imbeho twagize mu gihe twigaga Ibisekuru Birindwi by’Itorero, maze hanyuma Imana iduhishurira ibiruseho mu Gitabo cy’Ibyahishuwe na Yesu Kristo. Uburyo Ibice bitatu bibanza by’Ibyahishuwe byari Ibisekuru by’Itorero, kandi nyuma uburyo Yohana yazamuwe mu gice cya 4 n’icya 5 bitwereka ibintu byagombaga kuza.

Mu gice cya 6, Yaduhishuririye uburyo Yohana yamanutse ku isi indi nshuro kugira ngo arebe ibintu byagombaga kubaho byari guhera mu gice cya 6 ukagera mu cya 19 cy’Ibyahishuwe.

Mbega uburyo Umugeni ahiriwe kubizaba Kucyumweru mu gihe twumva Ijwi ry’Imana rivuga binyuze muri marayika Wayo wa karindwi ukomeye maze akatubwira ibigiye guhishurwa bikurikiyeho.

Nejejwe cyane no kubamenyesha ko ubu tugiye gutangira inyigisho ikomeye y’Ibyumweru Mirongwirindwi bya Daniyeli. Umuhanuzi avuga ko bizunga hamwe Ubutumwa mbere y’uko twinjira mu Bimenyetso Birindwi; Impanda Ndwi; Amahano atatu; umugore muzuba; kujugunywa kwa satani utukura; ibihumbi ijana na mirongwine na bine byashyizweho ikimenyetso; byose bibaho hagati muri iki gihe.

Igitabo cya Daniyeli ni karindari nyayo  kubw’igisekuru n’igihe turi kubamo, kandi uburyo bwose byagaragara nk’ibigoye, Imana izabidusobanurira maze ibihindure ibyoroheje kuri twe.

Kandi Imana izi ko ari byo nshaka na none muri iki gihe, ko nabasha kuzana uguhumurizwa k’ubwoko bwe kandi nkababwira ibyenda kubaho, kubibwira abari hano muri iki gitondo, kimwe rwose n’abari aho izi mfatamajwi zizagera, mu isi yose, ko turi mu gihe cya nyuma.

Turi abo Imana yatoranije abo bifuza cyane kandi basenga kubw’uwo munsi n’iyo saha. Kandi amaso yacu yuburiwe mu Ijuru, kandi turimo kwitegereza Kuza Kwe.

Reka tube nka Daniyeli maze twuburire amaso mu Ijuru, mu gusenga no kwinginga, kubwo kumenya binyuze mu gusoma Ijambo no kumva Ijwi Ryayo, kuza k’Umwami kurimo kuregera vuba; turi ku iherezo.

Dufashe Data gushyira ku ruhande buri mutwaro wose, naburi cyaha cyose, buri kutizera kose uko gushobora kutwizirikiraho vuba. Reka tumaranire kugera ku ntego y’umuhamagaro ukomeye, tumenya ko igihe cyacu ari gito.

Ubutumwa bwarasohotse. Buri kintu kiriteguye; dutegereje kandi turuhutse. Itorero ryashyizweho ikimenyetso. Ababi barimo kurushaho kuba babi. Amatorero arimo kurusha kuba amadini, ariko abera Bawe barimo kwegera bugufi Bwawe.

Dufite Ijwi rirangurura riturutse mu butayu, rihamagarira abantu kugaruka ku Butumwa bw’Umwimerere; bagaruke ku bintu by’Imana. Dusobanukiwe binyuze mu guhishurirwa ibintu birimo kubaho.

Ngwino twiyunge hamwe kuri iki Cyumweru I Saa Sita z’amanywa, ku isaha y’I Jeffersonville, mu gihe Imana iduhishurira Ijambo ry’Imana, mu gihe dutangira inyigisho yacu ikomeye ku Gitabo cya Daniyeli.

Mwene Data Joseph Branham

61-0730M- Amabwiriza Gaburiyeri yahaye Daniyeli

25-0126 Ibyahishuwe, Igice cya 5 Umutwe wa 2

Ubutumwa : 61-0618 Ibyahishuwe, Igice cya 5 Umutwe wa 2

BranhamTabernacle.org

Bakundwa Baruhutse

Ni ukuri iki nicyo gihe cy’imbeho cyiza cyane ku buzima bwacu. Kuza k’Umwami kuregereje. Twashyizweho ikimenyetso n’Umwuka Wera; ikimenyetso cy’Imana gihamya ko buri kintu Kristo yapfiriye ari icyacu.

Ubu dufite igihamya cy’umurage wacu, Umwuka Wera. Ni igihamya, Ubwishyu bw’ibanze, y’uko twakiriwe muri Kristo. Turuhukiye mu masezerano y’Imana, dufubitswe n’agasusuruko k’izuba Rye; Ijambo Rye rihamirijwe, twumva Ijwi Rye.

Ni igihamya cy’agakiza kacu. Ntabwo duhangayikiye kwibaza niba turibwambuke Hakurya hariya cyangwa tutaribwambuke, TURAGIYE! Ni gute tubimenya? Niko Imana yavuze! Imana yarabisezeranye kandi dufite igihamya. Twamaze kubyakira kandi Kristo yaratwemeye.

Nta buryo buhari twashobora gutandukana Nacyo… Mu byukuri, turi aho? Icyo dufite gukora gusa ni ugutegereza; Ubu Ari hasi arimo akora umurimo wa Mwene Wacu wa Bugufi w’Umucunguzi. Turategereje igihe azaba agarutse kuri twe. Noneho, mu kanya gato, nk’ako guhumbya kw’ijisho tuzaba twagiye mu birori by’Ubukwe.

Gutekereza gusa ibyo bidutegereje aha imbere. Ibitekerezo byacu ntabwo bishobora kubyakira byose. Umunsi ku munsi Aduhishurira byinshi mu Ijambo Rye, Aduhamiriza ko aya masezerano akomeye ari ayacu.

Isi irimo iracikamo ibice; imiriro, imitingito, n’akaduruvayo ahantu hose, ariko bizera ko bafite umukiza mushya uzakiza isi, maze akabazanira igisekuru cyiza cyane. Twamaze kwakira Umukiza wacu kandi turi kubaho mu gisekuru cyiza cyane.

Noneho Arimo aradutegurira Guhishurirwa kuruseho mu gihe twinjira mu gice cya 5 cy’Ibyahishuwe. Arimo arategura hano kubwo gufungurwa kw’Ibimenyetso Birindwi. Nkuko yabikoze mu gice cya 1cy’Ibyahishuwe, afungurira inzira Ibisekuru Birindwi by’Itorero.

Igice gisigaye cy’igihe cy’imbeho ni gute kigiye kumerera Umugeni? Reka dusongongereho gato:

Noneho, nta gihe mfite. Nabyanditse, ibisobanuro bimwe kuri byo hano, ariko mu materaniro yacu ataha mbere y’uko twinjira muri ibi… Ahari igihe nzava mu gihe cyanjye cy’ikiruhuko cyangwa mu bindi bihe, ndashaka kuzafata ibi byumweru mirongwirindwi bya Daniyeli maze nkabihuza neza hano, kandi nerekane aho biza guhura na Yubile ya Pantekote, kandi mbigarure hamwe n’ibyo birindwi… ibyo bimenyetso birindwi bigomba gufungurwa hano mbere y’uko dukomeza, kandi byerekana ko ibyo ari ku iherezo, ibi…

Mbega igihe gitangaje Umwami yabikiye Umugeni Wayo. Yihishura Ubwe mu Ijambo Rye kubwacu kurusha uko byigeze kubaho mbere. Bidutera umwete y’uko turi Abo Yatoranije Abo Aziye. Atubwira ko turi mu bushake Bwayo Butunganye kubwo kugumana n’Ijwi Ryayo, n’Ijambo Ryayo.

Ni iki turimo gukora? Nta na kimwe, turaruhutse gusa! Dutegereje! Nta miruho ukundi, nta mihangayiko, TURUHUKIYE KURI RYO!

Muze muruhukane natwe kuri iki Cyumweru I saa Sita z’amanywa, ku Isaha y’I Jeffersonville, mu gihe twumva Ijwi ry’Imana RIHAMIRIJWE rituzanira Ubutumwa:

61-0618 0 “Ibyahishuwe, Igice cya 5 Umutwe wa 2”

Mwene Data Joseph Branham

25-0112 Ibyahishuwe, Igice cya Kane igika cya III

Ubutumwa : 61-0108 Ibyahishuwe, Igice cya Kane igika cya III

BranhamTabernacle.org

Bakundwa Abatagira Iherezo,

Ni igihe cyo kwambara intwaro yacu y’icyuma gikingira umutwe maze tugashyiramo gutekereza kwacu k’umwuka, kubera ko Imana yiteguye guha Umugeni Wayo Iyerekwa riruseho ku Ijambo Ryayo.

Iradutwikururira ubwiru Bwayo bwose bwo mu bihe byahise. Iratubwira ibyenda kubaho mu bihe bizaza. Icyo abandi bo muri Bibiliya babonye kandi bakumva, Iraduhishurira buri gace gato kose k’Ijambo Ryayo n’icyo Gasobanura.

Tugiye kumva kandi dusobanukirwe ubusobanuro bw’ibimenyetso bya Bibiliya: Ibiremwa Bizima, Inyanja y’Ibirahuri, Intare, Inyana, Umuntu, Ikizu, Intebe y’Imbabazi, Abarinzi, Abakuru, Amajwi, Therion, Zoon.

Turibwumve kandi dusobanukirwe byose kubijyanye n’abarinzi bo mu Isezerano rya Kera. Yuda: Umurinzi wo mu Burasirazuba; Efurayimu: Umurinzi wo mu Burengerazuba; Rubeni: Umurinzi wo Mumajyepfo; na Dani: Umurinzi wo mu majyaruguru.

Nta kintu cyashoboraga kugera aho ariho hose kuri iyo ntebe y’imbabazi kitanyuze kuri iyo miryango. Intare, ubwenge bw’umuntu, Ikimasa: imirimo ikomeye; Ikizu: Kubanguka Kwacyo.

Uburyo Ijuru, isi, no hagati, n’ahazengurutse, byari abarinzi. Kandi hejuru yabyo hari Inkingi y’Umuriro. Nta kintu cyashoboraga gukora kuri iyo ntebe y’imbabazi kitanyuze muri iyo miryango.

Noneho hari abarinzi b’Isezerano Rishya: Matayo, Mariko, Luka, na Yohana, tukagenda tugakomeza. Irembo ry’iburasirazuba ryari ririnzwe n’intare, irembo ry’amajyaruguru ryari ririnzwe n’ikizu kiguruka, Yohana, umubwirizabutumwa. Hanyuma muganga  ari kuri uru ruhande, Luka, Umuntu.

Ubutumwa bwiza bune burinda imigisha ya pantekote hamwe na buri murongo wo guhamiriza neza ibyo byavuze.kandi noneho ibyakozwe n’intumwa bihamiriza uyu munsi, hamwe n’ubutumwa bwiza, ko Yesu-Kristo uko yari ejo, n’uyu munsi ariko ari kandi niko azahora iteka ryose.

Igihe abasigwa b’Imana b’ukuri bavuze, ni Ijwi ry’Imana! Dushaka gusakuza ngo, “Urera, Urera, Urera, Uwiteka!”

Nta buryo buhari washobora kubihunga. Mu byukuri, ntidushobora kubica iruhande, kubera ko bidashobora kujya kure yacu. Twashyizweho ikimenyetso kugeza ku Munsi wo gucungurwa kwacu. Nta gihari mu gihe kizaza, nta n’ikiriho none, amakuba, inzara, inyota, urupfu, cyangwa IKINDI CYOSE, cyashobora kudutanya n’urukundo rw’Imana ruri muri Kristo Yesu.

Mbere y’imfatiro z’isi amazina yacu yari yarashyizwe mu Gitabo cy’Ubugingo cy’Umwana w’Intama kugira ngo tubone UYU Mucyo, twakire Iri Jwi, twizere Ubu Butumwa, twakire Umwuka Wera w’igihe cyacu maze tugendere muri Wo. Igihe Umwana w’Intama yatambwe, AMAZINA YACU yashyizwe mu Gitabo mu gihe kimwe bashyiriyemo aho Izina ry’Umwana w’Intama. ICYUBAHIRO KIBE ICY’UWITEKA!

Rero, nta kintu na kimwe cyashobora kudutandukanya n’ubu Butumwa. Nta kintu cyashobora kudutandukanya n’iri Jwi. Nta kintu cyashobora kudutandukanya n’Uguhishurirwa kw’Iri Jambo kuri twe. Ni ukwacu. Imana yaraduhamagaye kandi Iradutoranya ndetse Itugena mbere. Buri kintu ni icyacu, Ni ukwacu.

Hariho uburyo bumwe bwo kugera kuri ibi byose. Ugomba kuba wogejwe n’amazi y’Ijambo. Ugomba kumva Ijambo mbere y’uko winjira Aho. Kandi hariho uburyo bumwe ushobora kwegera Imana, Ni igihe binyuze mu Kwizera. Kandi Kwizera kuzanwa no kumva, kumva Ijambo ry’Imana, ibyo ni ugushushanywa n’Ahera h’ahera  hagaragarira mu ntumwa y’igisekuru.

 Hano Rero, malayika w’igisekuru cy’itorero ari kumurika muri ayo mazi, ni nde uri mo hano imbere, amurika imbabazi Ze. Ijambo rye, gukiranuka kwe, izina rye. Byose bimurika hano mo imbere aho mwatandukanijwe kubwo kubyizera. Ibyo murabyumva?

Ntimukigere muhagarika kumva amakasete, mugumane nayo. Mushake mu Ijambo kandi murebe niba atari ukuri. Ni Inzira yatanzwe n’Imana kubw’uyu munsi.

Ngwino wiyunge natwe muri ikigihe cy’imbeho mugihe tujya hamwe duturutse hirya no hino ku isi kugira ngo twumve Ijwi ry’Imana rihishurira Umugeni Wayo Ijambo Ryayo kuruta uko byigeze kubaho mbere. Nta gusigwa gukomeye kwaruta gukandaho bikavuga no gutega amatwi Ijwi Ryayo.

Bivuye mu ndiba y’umutima wanjye, nshobora kuvuga ngo: ndanezerewe kuba nshobora kuvuga ngo ndi Umwe muri Bo hamwe na buri umwe wese muri mwe.

Mwene Data Joseph Branham

Ubutumwa: 61-0108 – “Ibyahishuwe, Igice cya Kane igika cya III”

Igihe: Saa Sita z’amanywa, ku isaha y’I Jeffersonville