All posts by admin5

22-1120 Ahantu Imana yahisemo Kuramirizwa

Ubutumwa : 65-0220 Ahantu Imana yahisemo Kuramirizwa

BranhamTabernacle.org

Mukundwa Madamu Yesu Kristo

Mbega ukuntu dukunda kumva amazina yacu ahamagawe. Kubitekereza gusa, ko ari twe Azaba Aziye. Umugeni w’Ubwami kubw’Umwana Wasezeranwe w’Ubwami. Imbuto Yayo ya Cyami idasanzwe kuri Abrahamu iyo yabaye iy’ukuri kandi ikiranukira Ijambo Ryose.

Ntabwo twakoze ubusambanyi, cyangwa ngo dukore agakungu, hamwe n’irindi jambo iryo ariryo ryose; twakomeje kuba abera kandi tugumana n’Ijambo.

Hari abagore benshi b’abakristo beza mu isi uyu munsi, abagore b’indahemuka; ariko harimo Madamu Yesu Kristo Umwe. Twe  turi Uwo ugomba gubirana na We mu Rugo. Turi umugore Yatoranije.

Yatubwiye mu Ijambo Rye ko Azaza indi nshuro, uburyo bumwe nk’ubwo yaje mbere. Kandi nguriya aho Ahagaze, yihishura mu mubiri w’umuntu We Ubwe, asoma Ijambo maze akatubwira ngo, “Uyu munsi ibi Byanditswe birasohoye mu maso yanyu,” kandi twaramumenye, maze duhinduka Umugeni Muka Yesu Kristo.

Twahishuriwe ko uwo Mwana (S-O-N) w’Imana waje mu burasirazuba n’uko Akihamiriza Ubwe ko ari Imana igaragaye mu mubiri, ni uwo Mwana (S-o-n) w’Imana mu gice cy’isi cy’uburengerazuba, Uwo wigaragaje Ubwe hagati mu Mugeni We. Umucyo wa nimugoroba w’Umwana waraje.

Kandi niba nabasha kugira icyo mbaza ku kintu icyo aricyo cyose, hagomba kubaho igisubizo cy’ukuri. Hashobora kuba ha ikintu cyegeranye nacyo; ariko haragomba kuba icy’ukuri, igisubizo kiboneye kuri buri kibazo. Rero,  kubw’ibyo, buri kibazo cyose kiza mu buzima bwacu, hagomba kuba hari igisubizo cy’ukuri, igisubizo kiboneye.

Muri iyi minsi yacu hari ibibazo byinshi n’impaka mu bantu

  • Ni kangahe ari ingenzi kumva amakasete y’umuhanuzi w’Imana?
  • Ni kangahe ari ingenzi kumva kandi tukizera Ijambo Ryose?
  • Ese ikidakuka cyacu ni ikihe? Sicyo yavuze kuri kasete, cyangwa Umwuka Wera ayobora buri muntu wese kwihitiramo ikiri Jambo cyangwa ikitari Ijambo
  • Ese turagomba kugira umuntu, cyangwa itsinda ry’abantu, kugira ngo baridusigurire?
  • Ese Ijambo ryaba rivuga ko nyuma y’uko Yohereje Eliya umuhanuzi, Izohereza itsinda ry’abantu rigomba kuza kubibasobanurira ?
  • Ese twaba dukeneye umuntu wo kudusobanurira Ijambo cyangwa kuridusigurira?
  • Ese dukwiriye kumva gusa amakasete mu ngo zacu, mu madoka, n’aho bashyiriramo esanse, maze tukumva umubwiriza igihe tugiye ku rusengero?
  • Ese dukwiriye kumva amakasete mu nsengero zacu?
  • Ese ryaba ari Ijwi ry’Imana kubw’iy’iminsi yacu cyangwa siryo?

Rero, niba ari ikibazo cya Bibiliya, noneho gikwiriye kubona igisubizo cya Bibiliya. Ntabwo gikwiriye guturuka kw’itsinda ry’abantu, mu bumwe runaka, cyangwa ngo gituruke ku mwigisha runaka, cyangwa ngo gituruke ku madini runaka. Kigomba guturuka neza neza mu Byanditswe…

Noneho niba dushaka kubona igisubizo cy’ukuri ku bibazo byacu, tugomba kujya mu byanditswe. Igikurikiyeho, dukwiriye gufata icyemezo, ese ninde musobanuzi wa kimana w’Ibyanditswe. Ese umuntu wese yifatira umwanzuro?

Umuhanuzi ntabwo bisobanuye gusa kuvuga Ijambo, ahubwo guhishura, n’umusobanuzi wa Kimana w’Ijambo, w’Ijambo ry’Imana ryanditse.

Rero niba umuhanuzi ari umusobanuzi wa Kimana w’Ibyanditswe, noneho icyo umuhanuzi avuze ni Ijambo ry’Imana ku Mugeni Wayo  rimaze gusobanurwa, NI IBYO NTA BINDI.

Ibi ntibikuraho ubukozi, cyangwa igihagararo Imana yabahamagariye. Bahamagawe n’Imana kugira ngo barindire Ijambo ryavuzwe n’umuhanuzi w’Imana imbere y’umukumbi wabo. Baragomba kwereka abantu babo iyi ntumwa n’Ubutumwa bw’igihe.

Buri jambo babwiriza rikwiriye kugenzuzwa Amagambo y’umuhanuzi yavuze ari kuri kasete. Ntabwo ashobora guhindurwamo, haba no gusobanurwamo, IJAMBO RIMWE. Ibyanditswe by’Imana bisobanurwa GUSA n’umuhanuzi Wayo.

Aha, buri wese muri bo, birumvikana, ushobora kubona igitekerezo cyabo, kandi sinshobora kubagaya. Buri wese ahamya ko ari we w’ukuri, ko bafite ukuri. Kandi ko abantu bari muri ayo matorero bagomba kwizera ibyo, kubera ko ariho bazirikiye iherezo ryabo, aho bajya h’iteka, bahashyize ku nyigisho z’iryo torero. Ariko baratandukanye cyane, umwe ku wundi, kugeza ubwo bibasha kubyara ibibazo magana cyenda bitandukanye.

niba ubu Butumwa bwavuzwe n’umuhanuzi w’Imana atari cyo Kidakuka cyawe, ahubwo akaba ari icyo umuntu umwe cyangwa abantu bamwe bavuze ko Ijambo aricyo, noneho ubwo aho kuba hawe h’Iteka hazirikiye kuri cyo BAVUGA.

Amagambo yanjye asa nkaho ahabanye kuburyo bwuzuye n’abandi n’ubundi bukozi bwose. Siko ndi. Nizera ko Imana yashyize abagabo b’ukuri mu Itorero Ryayo ndetse no ku mukumbi Wayo kugira ngo barindire ubu Butumwa imbere yabo. Nizera ko babwiriza kandi bakizera ubu Butumwa. Ariko ni iyihe mpamvu ituma batagarura Mwene Data Branham ku bicaniro byabo nk’Ijwi ry’ingenzi cyane ryo kumva? Kubera iki babihwanisha n’ubukozi bwabo, ndetse bakabugira ingenzi nk’iryo Jwi?

Malaki 3 haravuga ngo,”Nzohere integuza yanjye imbere Yanjye kugira integurire inzira.” Kandi uwo woherejwe gutegura inzira, yaramugaragaje, ahantu. “Uwo ni We! Nta kosa ririmo. Uwo ni We!  Nabonye ibimenyetso Bimuherekeza. Nzi ko uwo ari We; Umucyo wamanutse mu Ijuru nuko ujya kuri We.” Byari byiza, uwo yari We.

Rero, mwene Data, ndashaka kukubaza ikibazo, mugusoza. Dushobora kuvuga ibi. Muri Malaki 4, ese ntitwasezeranijwe ikindi kizu, Inkingi y’umuriro igomba gukurikira, kugira ngo yereke itorero ryayobye ry’uyu munsi y’uko We ari Abaheburayo 13:8, “Ari uko yari ejo hahise uyu munsi n’iteka ryose”? Ese ntitwasezeranijwe undi uzaza aguruka aturutse mu butayu?

Ese ni iki tugomba gukurikira? Iriya Nkingi y’Umuriro. Ninde Nkingi y’Umuriro? Icyo kizu, Malaki 4. Ese ni nde wari ufite Inkingi y’Umuriro hejuru y’umutwe we kugira ngo ihamirize uwo yari we? William Marrion Branham.

Buri gihe uko duteranye, tugomba kugumisha iryo Jwi imbere y’abantu. Tugomba gushyira ku mwanya WAMBERE Ijwi ry’Imana. Atari ukuramya uwo muntu, ahubwo cyane kuramya Imana muri uriya muntu.

Uwo ni we mugabo Imana yatoranije kuyobora Umugeni Wayo. Uwo mugabo niwe muntu Imana yatoranije gusobanura Ijambo Ryayo. Uyu muntu niwe umwe Imana yabwiye ngo, “Ugeze abantu AHO BAKWIZERA”, ATARI UNDI MUNTU WUNDI CYANGWA ICYO UNDI MUNTU WESE AVUZE, WOWE, WILLIAM MARRION BRANHAM. Uyu muntu ni we umwe uzatwereka Yesu Kristo.

Nihagira Umugabo cyangwa umugore ugira icyo aashyira kucyo navuze, ntimukizera icyo navuze.

Ngwino kandi uhinduke Madamu Yesu Kristo hamwe na twe kuri iki Cyumweru I I Saa sita z’amanywa ku isaha y’i Jeffersonville, mu gihe twumva umunwa Imana yatoranije kugira ngo uvuge kandi utubwire: Ahantu Imana yahisemo Kuramirizwa 65-0220.

Mwene Data Joseph Branham

22-1106 Imbuto ntabwo iraganwa n’igishishwa

Ubutumwa : 65-0218 Imbuto ntabwo iraganwa n’igishishwa

BranhamTabernacle.org

Mukundwa Mwari Mugeni Jambo,

Turi hano. Twahageze. Igihe kiregereje. Igishishwa cyamaze gutandukana n’Imbuto. Twagumye aho imbere y’Umwana, kugira ngo dukomere. Tuzaguma aho Imbere Ye kugeza ubwo itsinda ryacu rito rizahinduka irikomeye muri Kristo, kugeza ubwo tuzahinduka umugati ku meza Ye. Urakoze Mana!

Ubu Butumwa bugaragaza Malaki4, bugaragaza Luka 17:30; bugaragaza Abaheburayo 13:8, bugaragaza Yohana 14:12, bugaragaza Ibyahishuwe igice cya 10, kumenwa kw’Ibimenyetso Birindwi, ubwiru bw’Imana, urubyaro rw’inzoka, gushaka no gutandukana, ndetse n’ubu bwiru bwose butandukanye bwahishwe munsi y’inkingi z’iyi myaka yose.

Turi abari ku Ijambo. Ntidushobora kandi ntituzigera dukora ku kintu icyo aricyo cyose. Kuri buri butumwa twumva, buba bufutse kandi ari bushya; Manu nshya imanuka iva mu Ijuru.

Ariko Yaratuburiye ko mu gihe cya nyuma hazabaho imyuka ibiri izaba yegeranye, kuburyo yayobya n’intore, iyo biba bishoboka. Rero, tugomba kuba maso tukareba uwo mwuka kuko bigaragara ko ari Umugeni ubwe.

Mwitegereze, murebe uburyo bisa. Matayo yaravuze, Matayo 24:24, yaravuze ngo , “Imyuka ibiri mu minsi yanyuma,” umwuka w’itorero mu bagize itorero, n’Umwuka w’Umugeni mu bagize umugeni,” bizaba byegeranye cyane kugeza n’aho byayobya Intore iyo biba bishoboka.” Uko niko byegeranye cyane.

Yaravuze ngo UMWUKA w’abagize itorero n’UMWUKA w;abagize Umugeni izaba yegeranye cyane umwe ku wundi. Ibyo byashobora gusobanura  ko umwuka w’abagize itorero bazashobora kuvuga ko bizera Ubutumwa bw’igihe kugira ngo bibe BYEGERA CYANE.

Ibyo ntabwo bishobora kuba Abamethodiste, Ababaptista, Abapresbyterian, cyangwa Abapantekote; bari kure cyane y’Ijambo ndetse banze Ubutumwa. Nta n’umwe muri bo ufite umwuka uri hafi y’Umugeni.

Satani yaragerageje, ndetse aratsinda cyane; kubwo kuba ushukana cyane. Habe no mu itangiriro, yaravuze gusa ngo,”Ese koko,” mu buryo yarimo abwira Eva gukoresha imitekerereze ye kandi yari akwiriye kumwumva ntiyumve Ijambo ryonyine. Hari ikintu kimwe gusa yari yategetswe gukora: Kugumana n’Ijambo.

Iby’ukuri:

Niba ufite ikibazo, hagomba kuba hari igisubizo. Icyo nicyo umuhanuzi yatubwiye. Igisubizo kigomba guturuka mu Ijambo. Ijambo riza gusa ku muhanuzi. Umuhanuzi niwe musobanuzi wenyine w’Ijambo. Niba hagize umugabo cyangwa umugore uguha gisubizo, kigomba kuba ari ikintu cyavuzwe n’umuhanuzi, ntibigomba kuba ubusobanuro bwabo, ibitekerezo cyangwa gusobanukirwa. Bagomba kubishyigikiza Ijambo ryavuzwe n’umuhanuzi wahamirijwe n’Imana. Ntabwo ari ijambo ry’umuhanuzi wongeyeho, ni icyo umuhanuzi yavuze gusa.

Hariho amashuri abiri y’ibitekerezo

1: Ugomba kwizera buri Jambo riri ku makasete ryose kuko nibwo Butumwa bw’ingenzi ukwiriye kumva.

2: Ntabwo ari ngombwa kwizera buri Jambo riri ku makasete, kandi ubukozi ubu bufite ubutumwa bukomeye mukwiriye kumva.

Hari byinshi, hari guhindagurika kwinshi mu gitekerezo cya kabiri: Umwuka Wera azanyobora cyangwa ayobore pasteri wanjye kugira ngo ambwire ikiri Ijambo n’ikitari Ryo. Dukeneye ibiruta ibyo Mwene Data Branham yavuze ku makasete. Uragomba kugira umukozi w’Imana kugira ngo agusobanurire cyangwa agutaturire Ijambo. Hatari umukozi w’Imana ntabwo ushobora kuba Umugeni.

Hari ukunyuranya kwinshi, ariko ntibishoboka ko wabirondora byose. Ariko nta ruvange cyangwa kunyuranya biri mu rya mbere. Biroroheje, IZERE IJAMBO RYOSE.

Nk’abizera muri ubu Butumwa bw’igihe cya nyuma, mugomba kwibaza ibi bibazo:

1: Wizera icyo umuhanuzi yavuze ku makasete ko ari cyo Kidakuka cyawe, cyangwa wizera Umwuka Wera uri muri wowe cyangwa muri pasteri wawe?

2:  Wizera ko ubukozi butanu bufite ubutumwa bw’ingenzi cyane Umugeni akwiriye kumva, cyangwa ni Ubutumwa buri kuri aya makasete?

Niba pasteri wawe, umubwiriza, umwigisha, umuvugabutumwa cyangwa umuhanuzi atakubwira ko kumva amakasete aribwo BUTUMWA BW’INGENZI CYANE ukwiriye kumva, ni uw’ikinyoma, NI WA MWUKA UMUHANUZI YATUBURIYE KO UZAZA.

Iyo akubwiye ko ARIBWO Butumwa bw’ingenzi cyane mukwiriye kumva, ariko agakomeza kwanga ko muvuza amakasete mu rusengero rwe, HABA HARI IKINTU KITAGENDA NEZA. Niba yizera nyakuri mu kumva amakasete icyo nicyo kintu cy’ingenzi cyane mwashobora gukora, noneho icyo akwiriye KUBANZA gukora ni ukuvuza makasete, hanyuma akabwiriza niba yumva ayobowe.

Urugero rworoheje:

Ndamutse nkubwiye ko, kunywa amazi meza aricyo kintu cy’ingenzi cyane ku buzima bwawe washobora gukora, kandi hakaba hari amazi amwe yemejwe ndetse agahamywa ko ariyo YONYINE meza yo kunywa… ariko igihe uje iwanjye ngo dusangire ifunguro, singuhe ya mazi yemejwe. Nkakubwira ngo, “Ushobora kunywa ayo mazi iwawe ariko iwanjye ugomba kunywa icyo nguhaye.”

Iyo ayo mazi aricyo KINTU CY’INGENZI nashobora kuguha kubw’ubuzima bwawe, akaba ariyo aguha ubuzima, noneho ikintu cya mbere nashobora kuguha igihe winjiye iwanjye yaba ari ayo mazi meza yo kunywa.

Ese mba nkoze amakosa kubwo kuvuga ngo, “GUCURANGA AMAKASETE MU NSENGERO ZANYU, nicyo kintu cyiza cyane washobora gukorera abantu bawe. Uku niko Uwiteka Avuze.”

Cyangwa, baba aribo bari mu makosa kubwo kuvuga ngo, “Ni amakosa gucuranga amakasete mu rusengero, Mwene Data Branham ntabwo yigeze na rimwe avuga ngo ucurange amakasete mu rusengero rwawe. Tubwira abantu gucuranga amakasete mu ngo zabo, mu madoka yabo, ibihe byose, ARIKO mu rusengero bagomba kumva NJYE.”

Ese ni Umwuka ki ubayoboye? Ese muravuga ngo, “Ibivuzwe ku makasete nicyo Kidakuka kandi nicyo kintu cy’ingezi nashobora kumva”? Cyangwa, muravuga muti, “Amakasete ntabwo ahagije. Ntabwo aricyo Kidakuka cyanjye kandi ntabwo aricyo kintu cy’ingenzi tugomba kumva, ahubwo ni ubukozi”?

Noneho ni igihe cy’Imbuto, cyangwa igihe cy’Umugeni. Ibishishwa byarumye. Igihe cy’Ijambo mwari, utarakozweho. Ni umwari, mwibuke, igihe cy’umwari Jambo.

Ngwino wumve Manu nshya iyo imanuka iva mu Ijuru kuri iki Cyumweru I saa sita z’amanywa. Ku isaha y’I Jeffersonville, mu gihe twumva: 65-0218 Imbuto Ntiraganwa n’Igishishwa

Mwene Data Joseph Branham

22-1023 Ibibazo n’Ibisubizo #4

BranhamTabernacle.org


Mukundwa Mwene Data Joseph,

1. Numvise uvuga ko wemera IJAMBO RYOSE ry’ubu Butumwa ko ari UKU NIKO UWITEKA AVUZE.

Kuva ku ndiba z’umutima wanjye no kuri buri gace k’ubuzima bwanjye IBYO NDABYIZERA. Ni Ijwi ry’Imana nyaryo rivugana n’Umugeni Wayo umunwa ku gutwi.

Imana yavugiye mu muhanuzi Wayo maze iravuga iti:

Rero ndavuga, mu Izina Rya Yesu Kristo! Ntukigere wongeramo ikintu na kimwe. Ntukagire icyo ukuramo, ngo ushyiremo ibitekerezo byawe muri Ryo. Uvuge gusa ibivuzwe kuri ayo makasete. Ukore neza gusa icyo Umwami Imana yategetse gukora. Ntukagire icyo wongera kuri Ryo.

Niba uhamya ko wizera ubu Butumwa bw’igihe cyanyuma, nawe uhatiwe kwizera IJAMBO RYOSE mu rwego rwo kugira ngo ube Umugeni We. Satani agerageza kubicurika binyuze mu bukozi maze akavuga ngo, “Igihe Mwene Data Branham yarimo avuga inkuru zo guhiga cyangwa avuga ngo ‘mufite abatetsi beza mu gihugu’, cyangwa ngo ‘nta cyanditswe mfite kuri ibyo, ariko ndababwira icyo ntekereza;’ ngo ntimugomba kwizera icyo gice. Umwuka Wera ari hano kugira ngo atuyobore kugusobanukirwa ikiri Ijambo n’ikitari Ijambo.” IYO NI YA SATANI IMWE YAVUGANYE NA EVA MAZE IKAVUGA NGO, NYAKURI…  NTABWO BISOBANUYE IJAMBO RYOSE. Ese birumvikana nk’ibisanzwe?

Barimo barakora neza neza ibyo YABATEGETSE kudakora. Yaravuze ngo MUVUGE IBIVUZWE ku makasete, ntimushyiremo ibitekerezo byanyu cyangwa ubusobanuro kuri Ryo. Ntabwo yigeze avuga ngo, “buri kintu URETSE iki gice na kiriya gice, kandi pasteri wanyu azababwira igihe azaba ari Umwuka Wera uri kuvuga n’igihe azaba ari njye gusa. ndi akabuye gato ku nkombe hagati muri aya mabuye manini.”

2. Ese utekereza ko Mwene Data Branham n’/cyangwa amakasete ye ari ikidakuka?

Mwene Data Branham ntabwo ari we Kidakuka cyanjye ariko Ubutumwa avuga ku makasete ni ikidakuka cyanjye mu buryo budakuka

Abantu benshi baravuze ngo ibyo ntabwo aribyo, Bibiliya nicyo Kidakuka. Nshuti yanjye, Bibiliya n’Ubutumwa buri kuri kasete ni ikintu kimwe. Ngiryo inshingiro ry’Ubutumwa. Ubutumwa ku makasete ni ubusobanuro bwa Bibiliya. Ni bimwe kandi nicyo kimwe.

Ukuri muburyo bworoheje ni uku, 1: Bibiliya ni Ijambo. 2:Ijambo riza ku muhanuzi. 3: Umuhanuzi niwe musobanuzi WENYINE wa kimana w’Ijambo. 4: Umuhanuzi wacu, William Marrion Branham, ni Ijambo rigaragajwe kubw’igihe cyacu kandi yoherejwe kuza gusobanura Ijambo. 5: Ijambo ry’Imana nta busobanuro rikeneye. Icyo Ivuze binyuze mu muhanuzi Wayo kuri kasete ni UBUSOBANURO BW’IJAMBO RYAYO.

Bibiliya itubwira ko Azagaruka maze Agatura mu mubiri neza nkuko Yabikoze hamwe na Abraham na Yesu Kristo. Yaravuze ngo Yarafite byinshi byo kutubwira. Yaravuze ngo Azahishura ubu bwiru bukomeye bwari buhishwe mu Ijambo Rye. Yaravuze ngo nta busobanuro bukenewe. Ntabwo yigeze na rimwe avuga ko Azohereza itsinda kugira ngo rituyobore kandi ryunge ubwo ko Bwe, WE UBWE AZAYOBORA UBWOKO BINYUZE MU MUHANUZI WE NKUKO YAGIYE ABIKORA IGIHE CYOSE. IJAMBO RYE NTABWO RISHOBORA GUHINDUKA 

3. Ese wizera ko abapastori bagomba gucuranga amakasete mu nsengero zabo?

Umupastoro wese agomba gukora nkuko yumva ayobowe n’Umwami gukora, nkuko buri torero ryose ryigenga. Nizera ko, kandi nabivuze inshuro nyinshi ku gicaniro, y’uko abapastoro bagomba kugarura Mwene Data Branham ku bicaniro byabo binyuze mu gucuranga amakasete. Ntabwo nigeze na rimwe mvuga ko bagomba kurekeraho kubwiriza, gusa bacurange amakasete. Ariko bakoresha urwitwazo rwose rushobokoka rwo gutuma badacuranga Ijwi ry’Imana mu nsengero zabo.

Ndibureke umuhanuzi avuge uburyo niyumva kuri abo bapasteri badacuranga iryo Jwi mu nsengero zabo.

Noneho, Mwene Data Jackson yari afite uburenganzira bwo kutemeranya nabyo.Yashakaga ko itorero rye… Abantu bose bavuga mu ndimi n’ibindi mu materaniro. Ibyo nibyo byari ibibazo bya Mwene Data Junior; ibyo–ibyo niwe bireba. Ariko Junior Jackson yizeraga ubu Butumwa kimwe na… kimwe n’undi wese muri twe uko abikora. Ni umwe muri twe.

4. Ese wizera ko abakozi b’Imana bakwiriye guhagarika kubwiriza?

Oya, ntabwo nigeze mvuga ibyo kandi nta n’ubwo nizera ibyo. Ijambo riratubwira ngo, na Mwene Data Branham yarabisobanuye neza hano mu Butumwa bw’ Ibibazo n’Ibisubizo, ko abakozi b’Imana bagomba gukomeza.

Numva nyobowe, kubw’itorero ryanjye, gukora iriburiro mu magambo magufi ; cyangwa kuri ubu ngakoresha urwandiko, maze hanyuma tugakandaho bikavuga nuko tukumva Ijwi ryonyine ry’Imana ryahamirijwe muri iki gihe. Nabivuze inshuro nyinshi ko mfite umurimo ukomeye cyane mu isi, kuko ngomba kugaragaza Ijwi ry’Imana mu itorero ryanjye buri Kucyumweru.

5. Abantu baravuga ngo wumva ko niba udakurikira amateraniro ya Branham Tabernacle ntabwo uri Umugeni?

Ntabwo NIGEZE mvuga ibyo cyangwa ngo mbitekereze, bene Data na bashiki bacu. Uwo ari wese wavuga ikintu nk’icyo yaba ari mu ikosa. Nka pasteri wa Branham Tabernacle, numva nyobowe gucuranga amakasete ya Mwene Data Branham. Nizera ko iryo Jwi aricyo kintu cyonyine kizunga Umugeni.

Nkuko nabivuze mbere, nizera ko buri kintu cyose kiri ku makasete ari Uku niko Uwiteka Avuze kandi ntabwo bikeneye ubusobanuro. Nshobora kuvuga amena ku Ijambo ryose numva. Nizera ko William Marrion Branham yoherejwe guhamagara Umugeni. Umwanya wanjye mu bukozi butanu ni ugutungira agatoki abantu iyo ntumwa maze ngakandaho bikavuga. Nta kintu cyaruta kumva iryo Jwi. Ugusigwa gukomeye kuruta ukundi kuri ku makasete, ese ni kuki nashaka guha itorero ryanjye ikindi icyo ari cyose?

Buri Kucyumweru ntumira isi kugira ngo yumve Ubutumwa Umwami yashyize ku mutima wanjye ngo twumve mu itorero ryanjye. Buri muntu wese ahawe ikaze kubwumva kuri iyo saha imwe.

Ukuyoborwa kwanjye ngukura kubyo Mwene Data Branham avuga kuri ayo makasete.

Kandi dufite ubu buryo bwa telefone ubu, aribwo bumeze neza, neza cyane. Abantu bashobora kwicara mu mazu yabo cyangwa mu… bagateranira ahantu habo, amatorero yabo, ndetse n’ahandi, maze bagakurikira amateraniro. Ibyo ndabikunda .

Noneho, pasteri, ndashaka ko umenya ibyo, ko, ibi mbibwira gusa itorero ryanjye. Kandi gukora ibyo mbifitiye uburenganzira, kubera ko nashyizweho n’Umwuka Wera ngo mbere maso izi ntama.

Ubu Butumwa, ndetse n’ubundi Butumwa bwose mbwiriza, bureba itorero ryanjye. Ntabwo ari ubw’itorero ryanyu keretse bashaka kubwakira. Ariko bureba abantu hano.

Kandi ibyo ni mu isi hose. Kandi abantu barabyuka mu gicuku nijoro, aho mu bihugu bya kure, bagakora umurongo w’amasengesho kuri iyo saha imwe. Mu byukuri, ibihumbi n’ibihumbagiza babarimo gusenga icyarimwe. Imana igomba kumva; muratunganye– Muba murimo muranyeganyeza Ijuru n’amasengesho, murabona, noneho Igomba kumva.

6. Ese ni bibi kujya ku rusengero?

Ntabwo nigeze mvuga ibyo cyangwa ngo mbyizere. Ndamutse nizera ibyo ni iyihe mpamvu yatuma ngira itorero? Kuri Branham tabernacle twagiraga amateraniro inshuro 3 mu cyumweru kugeza ubwo bihinduka ibigoye kuri njye kuba nagira amateraniro menshi buri cyumweru kandi ngo nkore umurimo wa VGR. Kuva ubwo twagize amateraniro 2 mu cyumweru ku Ngando kugeza ubwo abantu batashoboraga kuhakwirwa. Noneho twimukira mu nyubako yacu aho twajyaga dukoresha ku rubyiruko rwacu, ariyo yahoze ari iya siporo.

Imana yashyize ku mutima wanjye kugira icyo mvuga Icyumweru kimwe mu gitondo. Ndavuga nti nubwo igihe kimwe bafunga imiryango y’uru rusengero, ntituzatakaza injyana kuko pastori wacu ashobora kuvugana natwe aho twaba turi hose. Ukwezi kumwe nyuma, habaho COVID ariyo yafunze insengero hirya no hino ku isi.

Numvise ngize kuyoborwa kiriya gihe, ko ari umwanya mwiza wo kuvugurura aho bakorera siporo, kuko twari dukeye ingando. Rero, twari twishimye mu nzu zacu, turi hamwe kandi twumva umuhanuzi w’Imana kuri kasete hamwe n’igice cy’Umugeni hirya no hino ku isi, mu gihe urusengero rwarimo ruvugururwa.

Ubu turimo gusoza inyubako, ariko kimwe n’igihe Mwene Data Branham yari hano kuri Branham Tabernacle, twari tumaze kurenza igice cy’inyongera twubatse kuri parikingi. Turagomba gusenga maze tukareba uburyo Uwiteka atuyobora.

Ndabizi ko bihari byinshi, ibibazo byinshi mu mitima yabantu. Hari ibintu byinshi nagiye mvuga byumvishwe nabi. Niba Mwene Data Branham yaragiye yumvwa nabi, ni  kangahe bizarushaho kuri njye?

Nshobora kwibeshya mu byo navuze. Nshobora kuba narabivuze neza cyangwa nkaba narabisobanuye neza mu buryo nabigaragaje. Ariko hari ikintu kimwe NZI KO gikwiriye, UBU BUTUMWA BURATUNGANYE. Ntimukwiriye kumva njye cyangwa icyo mvuga, ariko MUKWIRIYE GUKANDAHO BIKAVUGA KANDI MUKIZERA IJAMBO RYOSE.

Indi nshuro, ndabatumira kugira ngo mwiyunge hamwe na Branham Tabernacle kuri iki Cyumweru I saa sita z’amanywa, ku isaha y’i Jeffersonville, mugihe twumva: Ibibazo n’Ibisubizo #4 64-0830E.

Bro. Joseph Branham

21-0905 Kugerageza Gukorera Imana Umurimo Bitari Ubushake Bwayo

Ubutumwa : 65-0718 Kugerageza Gukorera Imana Umurimo Bitari Ubushake Bwayo

BranhamTabernacle.org

Mukundwa Mugeni wa Kristo, reka tujye hamwe kuri iki Cyumweru I Saa Sita z’amanywa, Ku isaha y’I Jeffersonville, kugira ngo twumve:
65-0718M – Kugerageza Gukorera Imana Umurimo Bitari Ubushake Bwayo

Mwene Data Joseph Branham