All posts by admin5

25-0601 Igihagararo cy’Umuntu Utunganye

Ubutumwa : 62-1014M Igihagararo cy’Umuntu Utunganye

BranhamTabernacle.org

Bakundwa Nzibutso Nzima

Ijwi turimo twumva ku makasete ni Urimu na Tumimu y’Imana ku Mugeni Wayo. Ryahuje neza Umugeni Wayo mu mutima uhuye kugira ngo abe itorero ryuzuye Umwuka by’ukuri, twuzuye imbaraga z’Imana, twicajwe ahantu hamwe ho mu ijuru, dutamba ibitambo by’umwuka, duhihambaza Imana, hamwe n’Umwuka Wera ugendera hagati muri twe

Kristo yatwoherereje Umwuka Wera We kugira ngo avugire muri marayika Wayo wa karindwi kugira atwubake buri muntu mu gihagararo cya Yesu Kristo, kugira ngo tubashe kuba inzu ikomeye n’ubuturo bw’Umwuka Wera, binyuze mu Ijambo Ryayo.

Turi abaragwa ba buri kintu. Ni umutungo wacu bwite, ni IBYACU. Ni impano y’Imana kuri twe, kandi nta muntu n’umwe wabidukuraho. NI IBYACU.

“Icyo muzasaba Data cyose mu Izina Ryanjye, Nzagikora.” Ese ni nde wagira icyo ahakana muri ibyo? “Ni ukuri ni ukuri, ndababwiye, nimuramuka mubwiye uyu musozi, ngo shingukaho, ntimushidikanye mu mutima wanyu ahubwo mukizera icyo muvuze kizasohora, mubasha kubona icyo mwavuze.” Mbega amasezerano! ntabwo bigarukira gusa ku gukira indwara, ahubwo kuri bukintu cyose.

Icyubahiro kibe icy’Imana… ICYO TUZASABA CYOSE!

Guhera mu itangira ry’igihe, ibyaremwe byose by’Imana birataka kandi bitegereje umunsi ubwo abana buzuye b’Imana bazagaragazwa. Uwo munsi wageze. Iki nicyo gihe. Uyu niwo mwanya. NITWE abo bahungu n’abakobwa b’Imana

Turi ibikoresho by’Imana Igenderamo, Ireberamo, Ivugiramo, Ikoreramo. Ni Imana, igendera ku maguru abiri, MURI TWE.

Turi inzandiko Zayo zanditswe zisomwa n’abantu bose. Abatoranijwe Bayo, bakagenwa mbere, abashyizwe mu mwanya w’abahungu n’abakobwa abo Irimo guhindura umuntu muzima, ishusho nzima, igihagararo cy’umuntu utunganye.

dupfukamira Imana nzima, imbaraga nzima, ubumenyi buzima, ukwihangana kuzima, ugusa n’Imana bizima, ubushobozi buzima, biturutse ku Mana nzima, ibyo bigira umuntu muzima, ishusho nzima – igihagararo cy’Imana.

Muri Kristo, mu muntu w’Umwuka Wera kuri twe, hamwe n’umubatizo nyakuri w’Umwuka Wera, hamwe n’imbaraga Zayo zifanishije ikimenyetso muri twe. Imana, iba muri twe mu ngando zitwa Inyubako. Ingando nzima, ubuturo bw’Imana nzima; Itorero ritunganye, Ibuye Risoza Ritunganye kugira ngo ridupfundikire.

Imana yohereje umuhanuzi kugira ngo ahamagare Umugeni Wayo kandi amuyobore. Ni Adamu Wayo wa mbere ugaruwe mu buryo bwuzuye, igihagararo cy’umuntu utunganye mu gihe cyacu, kugira ngo ahishurire Umugeni Wayo Ijambo Ryayo.

Ntabwo nshobora kuva kuri ibyo. Nta kintu cyanyeganyeza. Ntabwo nitaye kucyo undi muntu wese yavuga; ntabwo byanyeganyega habe n’agace na gato. Nzaguma aho ngaho.

Nzategereza, nkomeze ntegereze, ntegereze, kandi ntegereze. Ibyo ntacyo bitwaye. Riguma aho. Hanyuma, umunsi umwe, nzarangurura hamwe n’abera bandi bose duhuje ngo: “Turuhukanye ibyiringiro kuri buri Jambo! Hanyuma WOWE uzamurika TWE kuri We. Hanyuma tuzagaruka ku isi indi nshuro, kugira ngo tuhabe iteka.

Ndamuhigiye muri iki gitondo, n’umutima wanjye wose, ko mfashijwe na We n’ubuntu Bwe, ko nzasenga kandi ngashaka buri munsi ubudahwema, kugeza ubwo nzumva hatemba buri cyose muri ibyo bintu muri iki gihagararo gito gishaje, kugira ngo mbashe kuba ukwigaragaza kwa Kirisito muzima.

KURI NJYE, kumva Ijwi ry’Imana ku makasete ni umuteguro w’Imana kubw’iki gihe. Ni Ijambo rizima rya Yesu Kristo. Ni Ikidakuka bikurikije Ijambo ry’Imana. Ni inzira yateguwe n’Imana uyu munsi.

Rero, ndashaka kubatumira kugira ngo twiyunge Kucyumweru I Saa Sita z’Amanywa ku Isaha y’I Jeffersonville, mu gihe twumva William Marrion Branham, uwo nizera ko ari Ijwi ry’Imana kubw’igihe cyacu, yigisha Umugeni wa Kristo uburyo bwo guhinduka: Igihagararo cy’Umuntu Utunganye 62-1014M.

Mwene Data Joseph Branham

Ibyanditswe byo gusoma mbere y’Ubutumwa:

Matayo 5:48

Namwe mube mukiranutse nk’uko So wo mu ijuru akiranuka.

Luka 6:19

Abantu bose bashaka kumukoraho, kuko imbaraga yamuvagamo ikabakiza bose.

Yohana 1:1

Mbere na mbere hariho Jambo; Jambo uwo yahoranye n’Imana kandi Jambo yari Imana.

Yohana 3:3

Yesu aramusubiza ati “Ni ukuri, ni ukuri, ndakubwira yuko umuntu utabyawe ubwa kabiri, atabasha kubona ubwami bw’Imana.”

Yohana 3:16

Kuko Imana yakunze abari mu isi cyane, byatumye itanga Umwana wayo w’ikinege kugira ngo umwizera wese atarimbuka, ahubwo ahabwe ubugingo buhoraho.

Yohana 5:14

Hanyuma y’ibyo Yesu amubona mu rusengero aramubwira ati “Dore ubaye muzima, ntukongere gukora icyaha utazabona ishyano riruta irya mbere.”

1 Yohana 4:12

Uhereye kera kose ntihigeze kubaho umuntu wabonye Imana, nyamara nidukundana Imana iguma muri twe, urukundo rwayo rugatunganirizwa muri twe rwose.

Ibyakozwe 2:38

Petero arabasubiza ati “Nimwihane, umuntu wese muri mwe abatizwe mu izina rya Yesu Kristo ngo mubone kubabarirwa ibyaha byanyu, kandi namwe muzahabwa iyi mpano y’Umwuka Wera,

Ibyakozwe 7:44-49

Ba sogokuruza bari bafite ihema ry’ubuhamya bari mu butayu, nk’uko Iyavuganye na Mose yamutegetse kurirema, arishushanije n’icyitegererezo cy’iryo yabonye.

Iryo ba sogokuruza barihawe na ba se riba uruhererekane, barizana Yosuwa abagiye imbere ubwo batsindaga amahanga, ayo Imana yirukanaga imbere yabo kugeza mu gihe cya Dawidi

wari utonnye imbere y’Imana, asaba kubakira Imana ya Yakobo ubuturo.

Ariko Salomo ni we wayubakiye inzu.

Nyamara Isumbabyose ntiba mu mazu yubatswe n’amaboko, nk’uko wa muhanuzi yavuze ati
Ijuru ni ryo ntebe yanjye, Isi ni yo ntebe y’ibirenge byanjye. Muzanyubakira nzu ki? Ni ko Uwiteka ababaza. Cyangwa nzaruhukira hantu ki?

Ibyakozwe Igice cya10

Hariho umuntu w’i Kayisariya witwaga Koruneliyo, umutware utwara umutwe w’abasirikare wo mu ngabo zitwa Italiyana.

Yari umuntu w’umunyadini wubahana Imana n’abo mu rugo rwe bose, wagiriraga abantu ubuntu bwinshi, agasenga Imana ubudasiba.

Abona ku mugaragaro mu iyerekwa marayika w’Imana yinjiye iwe nko mu isaha ya cyenda y’umunsi, aramuhamagara ati “Koruneliyo.”

Aramutumbira, aramutinya, aramubaza ati “Ni iki Mwami?” Aramusubiza ati “Gusenga kwawe n’ubuntu bwawe byazamukiye kuba urwibutso imbere y’Imana.

Kandi none tuma abantu i Yopa, utumire umuntu witwa Simoni wahimbwe Petero.

Acumbitse kwa Simoni w’umuhazi, urugo rwe ruri iruhande rw’inyanja.”

Marayika wavuganaga na we amaze kugenda, ahamagara abagaragu be babiri, n’umusirikare w’umunyadini wo mu bamukorera iteka,

amaze kubabwira ibyo byose, abatuma i Yopa.

Bukeye bw’aho bakiri mu nzira benda gusohora mu mudugudu, Petero ajya hejuru y’inzu gusenga nko mu isaha ya gatandatu.

Arasonza ashaka kurya, bakibyitegura aba nk’urota

abona ijuru rikingutse, maze ikintu kiramanuka gisa n’umwenda w’umukomahasi, gifashwe ku binyita bine kijya hasi.

Harimo inyamaswa z’amoko yose zigenza amaguru ane, n’ibikururuka hasi byose, n’ibiguruka mu kirere byose.

Ijwi riramubwira riti “Haguruka Petero, ubage urye.”

Petero ati “Oya Mwami, kuko ntigeze kurya ikizira cyangwa igihumanya.”

Iryo jwi rimusubiza ubwa kabiri riti “Ibyo Imana ihumanuye wibyita ibizira.”

Biba bityo gatatu, icyo kintu giherako gisubizwa mu ijuru.

Petero agishidikanya mu mutima we uko ibyo yeretswe bisobanurwa, abantu batumwe na Koruneliyo bamaze kubaza inzu ya Simoni iyo ari yo, bahagarara ku irembo,

barahamagara babaza yuko Simoni wahimbwe Petero acumbitsemo.

Petero agitekereza ibyo yeretswe, Umwuka aramubwira ati “Dore abantu batatu baragushaka.

Haguruka umanuke ujyane na bo udashidikanya, kuko ari jye ubatumye.”

Petero aramanuka asanga abo bantu arababwira ati “Ni jyewe uwo mushaka, mwazanywe n’iki?”

Baramusubiza bati “Koruneliyo umutware utwara umutwe w’abasirikare ijana, umuntu ukiranuka wubaha Imana, ushimwa n’ubwoko bwose bw’Abayuda, yabwirijwe na marayika wera kugutumira, ngo uze iwe yumve amagambo yawe.”

Nuko arabinjiza arabacumbikira. Bukeye bw’aho Petero arahaguruka avanayo na bo, na bene Data bamwe b’i Yopa na bo bajyana na we.

Bukeye bagera i Kayisariya, basanga Koruneliyo abategereje, yateranije bene wabo n’incuti z’amagara.

Petero agiye kwinjira, Koruneliyo aramusanganira, yikubita imbere y’ibirenge bye, aramuramya.

Ariko Petero aramuhagurutsa ati “Haguruka, nanjye ndi umuntu nkawe.”

Bakivugana arinjira, asanga abantu benshi bahateraniye

arababwira ati “Muzi yuko kizira ko Umuyuda yifatanya n’uw’ubundi bwoko cyangwa ko amugenderera, ariko jyeweho Imana yanyeretse ko ntagira umuntu nita ikizira cyangwa igihumanya.

Ni cyo cyatumye ntanga kuza ntumiwe. None ndababaza icyo muntumiriye.”

Koruneliyo ati “Dore uyu ni umunsi wa kane, uhereye ubwo nari ndi mu nzu yanjye nsenga magingo aya ari yo saa cyenda, nuko umuntu ahagarara imbere yanjye yambaye imyenda irabagirana,

arambwira ati ‘Koruneliyo, gusenga kwawe kwarumviswe, n’ubuntu bwawe bwibutswe imbere y’Imana.

Nuko tuma i Yopa, utumireyo Simoni wahimbwe Petero, acumbitse kwa Simoni w’umuhazi hafi y’inyanja.’

Uwo mwanya ndagutumira, nawe wakoze neza ubwo uje. Nuko none turi hano twese imbere y’Imana, dushaka kumva ibyo Umwami Imana yagutegetse kutubwira.”

Petero aterura amagambo ati “Ni ukuri menye yuko Imana itarobanura ku butoni,

ahubwo mu mahanga yose uyubaha agakora ibyo gukiranuka iramwemera.

Ijambo ry’ubutumwa bwiza bw’amahoro Imana yatumye ku bana ba Isirayeli ivugishije Yesu, ari we Mwami wa bose,

iryo jambo murarizi ryamamaye i Yudaya hose, rihereye i Galilaya hanyuma y’umubatizo Yohana yabwirizaga,

ni irya Yesu w’i Nazareti, uko Imana yamusutseho Umwuka Wera n’imbaraga, akagenda agirira abantu neza, agakiza abo Satani atwaza igitugu, kuko Imana yari iri kumwe na we.

Natwe turi abagabo bo guhamya ibyo yakoreye mu gihugu cy’Abayuda byose n’i Yerusalemu: uwo bamwicishije kumubamba ku giti,

ariko Imana imuzura ku munsi wa gatatu, imwerekana ku mugaragaro.

Icyakora ntiyamweretse abantu bose, ahubwo yamweretse abagabo yatoranije bitari byaba, ni twebwe abasangiraga na we amaze kuzuka.

Adutegeka kubwiriza abantu no guhamya ko ari we Imana yategetse kuba Umucamanza w’abazima n’uw’abapfuye.

Abahanuzi bose baramuhamije, bavuga yuko umwizera wese azababarirwa ibyaha ku bw’izina rye.”

Petero akivuga ibyo, Umwuka Wera amanukira abumvise ayo magambo bose.

Abizeye bo mu bakebwe bajyanye na Petero barumirwa bose, kuko n’abanyamahanga na bo bahawe Umwuka Wera akaba abasutsweho,

kuko bumvise bavuga izindi ndimi bahimbaza Imana. Maze Petero arababaza ati

Aba ngaba bahawe Umwuka Wera nkatwe, ni nde ubasha kubima amazi ngo batabatizwa?

Ategeka ko babatizwa mu izina rya Yesu Kristo. Baherako baramwinginga ngo amareyo iminsi.

Ibyakozwe 19:11

  Kandi Imana yakoreshaga amaboko ya Pawulo ibitangaza bikomeye.

Ibyakozwe 28:19

Ariko Abayuda bagiye impaka, mpatwa kujuririra kuri Kayisari, icyakora si uko mfite icyo ndega ubwoko bwacu.

Abefeso 4:11-13

Nuko aha bamwe kuba intumwa ze, n’abandi kuba abahanuzi, n’abandi kuba ababwirizabutumwa bwiza, n’abandi kuba abungeri n’abigisha,

kugira ngo abera batunganirizwe rwose gukora umurimo wo kugabura iby’Imana no gukomeza umubiri wa Kristo,

kugeza ubwo twese tuzasohora kugira ubumwe bwo kwizera no kumenya Umwana w’Imana, kandi kugeza ubwo tuzasohora kuba abantu bashyitse bageze ku rugero rushyitse rw’igihagararo cya Kristo,

 Abakolosayi igice cya 3

Nuko rero niba mwarazuranywe na Kristo, mujye mushaka ibiri hejuru aho Kristo ari, yicaye iburyo bw’Imana.

Mujye muhoza umutima ku biri hejuru atari ku biri mu si,

kuko mwapfuye kandi ubugingo bwanyu bukaba bwarahishanywe na Kristo mu Mana.

Kandi ubwo Kristo ari we bugingo bwacu azerekanwa, namwe muzaherako mwerekananwe na we muri mu bwiza.

Nuko noneho mwice ingeso zanyu z’iby’isi: gusambana no gukora ibiteye isoni, no kurigira no kurarikira, n’imyifurize yose ari yo gusenga ibigirwamana,

ibyo ni byo bizanira umujinya w’Imana abatumvira.

Kandi namwe mwabigenderagamo kera, ubwo mwahoraga muri byo.

Ariko none mwiyambure ibi byose: umujinya n’uburakari, n’igomwa no gutukana, kandi ntihakagire amagambo ateye isoni aturuka mu kanwa kanyu.

Ntimukabeshyane ubwo mwiyambuye umuntu wa kera n’imirimo ye,

mukambara umushya uhindurirwa mushya kugira ngo agire ubwenge, kandi ngo ase n’ishusho y’Iyamuremye.

Aho ntihaba Umugiriki cyangwa Umuyuda, uwakebwe cyangwa utakebwe, cyangwa umunyeshyanga rigawa cyangwa Umusikuti, cyangwa imbata cyangwa uw’umudendezo, ahubwo Kristo ni byose kandi ari muri bose.

Nuko nk’uko bikwiriye intore z’Imana zera kandi zikundwa, mwambare umutima w’imbabazi n’ineza, no kwicisha bugufi n’ubugwaneza no kwihangana,

mwihanganirana kandi mubabarirana ibyaha, uko umuntu agize icyo apfa n’undi. Nk’uko Umwami wacu yabababariye, abe ari ko namwe mubabarirana.

Ariko ibigeretse kuri ibyo byose mwambare urukundo, kuko ari rwo murunga wo gutungana rwose.

Mureke amahoro ya Kristo atwarire mu mitima yanyu, ayo mwahamagariwe kuba umubiri umwe, kandi mugire imitima ishima.

Ijambo rya Kristo ribe muri mwe rigwiriye rifite ubwenge bwose, mwigishanye, muhugurane muri zaburi n’indirimbo n’ibihimbano by’umwuka, muririmbirirana Imana ishimwe mu mitima yanyu.

Kandi icyo muzavuga cyose n’ibyo muzakora, mujye mubikora byose mu izina ry’Umwami Yesu, mushima Imana Data wa twese ku bw’uwo.

Bagore, mugandukire abagabo banyu nk’uko bikwiriye abari mu Mwami wacu.

Bagabo, namwe mukunde abagore banyu ntimubasharirire.

Bana, mwumvire ababyeyi banyu muri byose, kuko ibyo ari byo Umwami ashima.

Ba se, ntimukarakaze abana banyu batazinukwa.

Mbata, mwumvire ba shobuja bo ku mubiri muri byose, ntimubakorere bakibareba gusa ngo muse n’abanezeza abantu, ahubwo mubakorere mutaryarya mu mitima yanyu mwubaha Imana.

Ibyo mukora byose mubikore mubikuye ku mutima, nk’abakorera Shobuja mukuru badakorera abantu,

muzi yuko muzagororerwa na we muhawe wa murage, kuko mukorera Shobuja mukuru Kristo.

Ariko ukiranirwa aziturwa nk’uko yakiraniwe, kandi ntihariho kurobanurwa ku butoni.

Abaheburayo 10:5

Ni cyo cyatumye ubwo Yesu yazaga mu isi avuga ati “Ibitambo n’amaturo ntiwabishatse, Ahubwo wanyiteguriye umubiri.

Abaheburayo 11:1

Kwizera ni ukumenya rwose ibyiringirwa udashidikanya ko bitazaba, kandi ni ko kuduhamiriza ibyo tutareba ko ari iby’ukuri.

Abaheburayo 11:32-40

Mbese mvuge kindi ki? Igihe cyandenga mvuze ibya Gideyoni n’ibya Baraki, n’ibya Samusoni n’ibya Yefuta, n’ibya Dawidi n’ibya Samweli, n’iby’abahanuzi baheshejwe no kwizera gutsinda abami, no gukora ibyo gukiranuka no guhabwa ibyasezeranijwe, no kuziba iminwa y’intare

no kuzimya umuriro ugurumana cyane, no gukira ubugi bw’inkota no gukurwa mu ntege nke bagahabwa imbaraga nyinshi, no kuba intwari mu ntambara no kunesha ingabo z’abanyamahanga.

Abagore bahabwaga abo bapfushije bazutse. Abandi bakicishwa inkoni ntibemere kurokorwa, kugira ngo bahabwe kuzuka kurushaho kuba kwiza.

Abandi bakageragereshwa gushinyagurirwa no gukubitwa ibiboko, ndetse no kubohwa no gushyirwa mu mazu y’imbohe. 38.6.

Bicishwaga amabuye bagakerezwa inkerezo, bakageragezwa bakicishwa inkota, bakazerera bambaye impu z’intama n’iz’ihene, banyazwe byose, bakababazwa bakagirirwa nabi.

Yemwe, n’isi ntiyari ikwiriye ko bayibamo! Bazereraga mu mashyamba no mu bihanamanga, no mu mavumo no mu masenga.

Abo bose nubwo bamaze guhamywa neza ku bwo kwizera kwabo, nyamara ntibahabwa ibyasezeranijwe

kuko Imana yatugambiriye ikirushaho kuba cyiza, kugira ngo abo badatunganywa rwose tutari kumwe.

Yakobo 5:1

Ngaho yemwe batunzi mwe, nimurizwe muborozwe n’ibyago mugiye kuzabona.

2 Petero 1:1-7

Simoni Petero imbata ya Yesu Kristo n’intumwa ye, ndabandikiye mwebwe abagabanye kwizera kw’igiciro cyinshi guhwanye n’ukwacu, muguheshejwe no gukiranuka kwa Yesu Kristo, ari we Mana yacu n’Umukiza.

Ubuntu n’amahoro bigwire muri mwe, mubiheshwa no kumenya Imana na Yesu Umwami wacu,

kuko imbaraga z’ubumana bwayo zatugabiye ibintu byose bizana ubugingo no kūbaha Imana, tubuheshejwe no kumenya neza uwaduhamagarishije ubwiza bwe n’ingeso ze nziza.

Ibyo ni byo byatumye aduha ibyo yasezeranije by’igiciro cyinshi, bikomeye cyane kugira ngo bibatere gufatanya na kamere y’Imana, mumaze guhunga no gukira kononekara kwazanywe mu isi no kwifuza.

Ibyo abe ari byo bituma mugira umwete wose, kwizera mukongereho ingeso nziza, ingeso nziza muzongereho kumenya,

kumenya mukongereho kwirinda, kwirinda mukongereho kwihangana, kwihangana mukongereho kūbaha Imana,

kūbaha Imana mukongereho gukunda bene Data, gukunda bene Data mukongereho urukundo.

 Yesaya 28:19

Uko bizajya binyuramo bizabafata, kuko bizajya binyuramo uko bukeye ku manywa na nijoro, kandi kumenya ubutumwa kuzaba gutera ubwoba gusa.

25-0525 Kugirwa Abana#4

Ubutumwa : 60-0522E Kugirwa Abana#4

BranhamTabernacle.org

Bakundwa Abahindutse,

Kubwo Gukandaho Bikavuga, turimo turumva Ijambo ry’Imana ridakuka. Buri Jambo ni Ukuri, buri nteruro ya Ryo. Twarahamagawe ndetse turazigamwa, turuzuzwa kandi dushyirwa iruhande; twuzuye Umwuka Wera, none ubu twamaze kugera mu gihugu cya Kanani. Ntacyo dutinya… NTA NA KIMWE, tuzi abo turibo.

Kubera ko twagumanye n’Ijambo Ryayo, nkuko Yadutegetse gukora, Agiye kutubwira ko yadusigiye umurage. Ese ni gihe ki Wakoze ibyo, Data? Igihe Nabatoranije maze ngashyira amazina yanyu mu Gitabo cy’Umwana w’Intama mbere y’imfatiro z’isi.

Igihe kuzura kw’igihe kugeze, nohereza Yesu Umwana w’Intama watambwe guhera ku mfatiro z’isi, kugira ngo mwakire umurage wanyu wo kuba abahungu n’abakobwa Banjye, imana nto.

Nagombye kubanza kugenzura niba ntaharimo ibigenda bikomangana n’ahagenda hanyeganyega mbere y’uko mbashyira mu mwanya.

·         “Ese mutekereza ko gucuranga ijwi Ryanjye riri ku makasete mu rusengero ari bibi?”

·         “Yego, ntabwo mwari mukwiriye kuyacuranga mu rusengero.”

·         “Ibyo biciriwe urubanza. Aho hari ibirimo bikomangana.”

·         “Mutekereza ko Ijambo Ryanjye riri ku makasete rikeneye ubusobanuro?”

·         “Yego, rikeneye urisobanura.”

·         “Ibyo bikomangana. Mubisohore hanze. Ntabwo mwari mwitegura.”

Igihe mwiteguye, muzavuga, “Amen” kuri buri Jambo.

·         “Ese mwizera ko uko narindi Ejo ariko Ndi uyu munsi kandi ariko Nzahora iteka?”

·         “Amen.”

·         “Ese mwizera ko Ijwi Ryanjye riri ku makasete ari ryo JWI RY’INGENZI KURUTA ANDI YOSE mugomba kumva?”

·         “Amen.”

·         “Mwizera ko Ijwi Ryanjye riri kuri kasete ariryo rizunga Umugeni?”

·         “Amen.”

·         “Mwizera ko Marayika Wanjye ukomeye azabagaragaza imbere Yanjye?”

·         “Amen.”

Murimo gukomera noneho. Nashatse muri mwe niba nta hahambutse cyangwa hanyeganyega. Niteguye gufunga umuryango. Nzashyira Ikimenyetso Cyanjye kuri mwe. Mwatambutse neza mu bugenzuzi Bwanjye.

Noneho reka mbabwira ikintu, bwoko Bwanjye nkunda butuye mu gihugu cya kasete; hakurya y’inyanja n’aho mwaba muri hose ntimutinye. Buri kintu kimeze neza. Nabamenye isi itarashyirwaho urufatiro. Namenye buri kintu cyose kizabaho.

Ndaza vuba kandi mbajyane Ahantu hataba urupfu, nta gahinda, nta shyari, nta na kimwe; ni ugutungana gusa, urukundo rutunganye.

Kugeza icyo gihe, ntukibagirwe na rimwe, Naguhaye Ijambo Ryanjye, mwe MURI IJAMBO RYANJYE ryambaye umubiri. Niba hari IKINTU mukeneye, mukivuge, hanyuma mukizere; ni umurage wanyu.

Ngiye kuboherereza Ijwi Ryanjye indi nshuro kuri iki Cyumweru nongere Kubibasobanurira byose. Ngiye kongera kubabwira abo muribo, aho mugiye, n’uburyo bimeze hakurya hariya, ubungubu.

Ngwino wiyunge n’Umugeni Wanjye mu gihe Mbicaza hamwe ahantu ho mu ijuru kuri iki Cyumweru I Saa Sita z’amanywa, I Jeffersonville, kandi Munyumve Mbashyira mu mwanya binyuze mu Ijambo Ryanjye. 60-0522E Kugirwa Abana#4

Mwene Data Joseph Branham

25-0518 Kugirwa Abana #3

Ubutumwa : Kugirwa Abana #3 60-0522M

BranhamTabernacle.org

Mukundwa Mwari Utanduye

Igihe Dukanzeho Bikavuga, ni ubuki mu rutare, ni umunezero utavugwa, ni ibyiringiro by’umugisha, ni igitsika mu bugingo bwacu, ni ibyiringiro byacu n’ubuturo, ni Igitare cy’Ibisekuru, ni buri kintu cyiza cyose, ni Inzira y’Imana yateguye kubw’uyu munsi.

Kubera ko Dukandaho Bikavuga, Ijwi ry’Imana ryaraturambagije; ridukwera Kristo, nk’Umwari Utunganye ku Ijambo Ryayo. Dufite Umurezi Umwe gusa, Ijwi Rimwe, umuhanuzi Umwe, ari we utuyoboresha Umwuka w’Imana.

Ariko uru ni urusengero, ndimo ndabigisha. Ibi biri gushyirwa ku makasete. Ndashaka ko abantu bazumva amakaseti bazibuka ko ibi bireba itorero ryanjye.

Mbega guhamirizwa ko turi mu Bushake Bwayo butunganye. Amakasete ni ay’urusengero rwe. We utwigisha. Akatubwira, kumva amakasete.

Yatangiye uru ruhererekana rwo  Kugirwa Abana atubwira ibyabayeho mu minsi mike ya mbere y’aho. Hanyuma, kuri buri Butumwa, akavuga igihe yahinduriwe. Uburyo bigomba kuba ari ingenzi ku Mugeni kumva ibiri kubaho n’icyo Umugeni yamubwiye.

Umuhanuzi wacu azacirwa urubanza kubw’Ijambo yabwirije kandi akarisiga ku makasete. Umugeni ku rundi ruhande yamubwiye ko azemerwa mu Mwami wacu. Hanyuma Azatumurika imbere Ye nk’itsinzi y’umurimo we, hanyuma tuzasubira ku isi indi nshuro tubeho iteka.

Buri Jambo twumva ni izahabu. Dukomeza duhanagura twongera duhanagura mu gihe Aduhishurira ibiruseho mu gihe dusoma hagati y’imirongo.

Mbega uburyo dukunda kubisangira na bene Data na bashiki bacu, “Ese ibi warabyumvise?”

Yari yaradutoranyirije muri Yo mbere y’uko isi ishyirirwaho urufatiro”? Uwo ni wo Murage wacu. Imana yaradutoye, maze Yohereza Yesu kwishyura ikiguzi. Kubera iki? Yamennye Amaraso Ye, kugira ngo he kugira icyaha na gito kitubarwaho. Nta na gito mu byo ukora.

Hanyuma, aho ngaho nyuma y’ibyo, ese mwabashije gushyikira ibi?

– Uwera, Uwera, Uwera ni Uwiteka.“ Utumbiriye amaso i Kaluvari, kandi nta kizaguca intege! Uburyo ugenda, ubuzima bwawe, ugendera mu Nzira y’Umwami, usutsweho Amavuta y’igiciro, winjira Ahera cyane. Fyuuuuu! Amina.

Twari tumeze nka ya nkoni ya Aroni, icyo giti cyumye gishaje icyo yari yaragendanye imyaka mirongwine mu butayu. Ariko noneho, kubera ko twashyizwe aho Hantu Hera kubwo kumva Ijwi ry’Imana rivugana natwe ku makasete, twongeye kurabya tumera uburabyo, twuzuye Umwuka Wera, kandi turi Umugeni We urimo kurangurura hejuru cyane aho umwuka wagarukira mu bihaha byacu:

  • Uwera, Uwera, Uwera, ni Uwiteka, amakasete ni aya mbere mu mitima yacu.
  • Uwera, Uwera, Uwera, ni Uwiteka, Yaradutoranije mbere y’imfatiro z’isi.
  • Uwera, Uwera, Uwera, ni Uwiteka, turi Umugeni wa Yesu Kristo..
  • Uwera, Uwera, Uwera, ni Uwiteka, ibyo undi umuntu wese yavuga ntacyo bihindura, ntabwo tureka amakasete, turushaho kuyumva menshi.
  • Uwera, Uwera, Uwera, ni Uwiteka, duhanze amaso yacu I Karuvari, kandi nta gihari gishobora kuduhagarika.

Nejejwe no guhuza umutima hamwe  n’abantu benshi hano, bazi ko Ibi ari Ijambo ritaneshwa ry’Imana. Kandi ni Ryo Kuri, buri Jambo ni Ukuri, buri nyuguti, buri kadomo. Kandi, ku bw’ubuntu bw’Imana, nagize ubuntu bwo kubona Igihugu tuzajyamo igihe kimwe.

Ngwino wiyunge natwe Kucyumweru I Saa Sita z’Amanywa ku I saha y’I Jeffersonville, mu gihe umuhanuzi afata buri Jambo kandi agakomeza arihanagura. Azatujyana mu Itangiriro kandi arihanagure, arijyane aho mu Kuva kandi arihanagure indi nshuro, ndetse n’aho mu Byahishuwe; kandi kuri buri gace azaba ari Yesu!

Mwene Data Joseph Branham

Ubutumwa: Kugirwa Abana #3 60-0522M

Ibyanditswe :

Matayo 28:19

Nuko mugende muhindure abantu bo mu mahanga yose abigishwa, mubabatiza mu izina rya Data wa twese n’Umwana n’Umwuka Wera,

Yohana 17:7-19

Abo wampaye mu isi mbamenyesheje izina ryawe. Bari abawe urabampa, none dore bitondeye ijambo ryawe.
None bamenye yuko ibyo wampaye byose byaturutse kuri wowe,
kuko amagambo wampaye nayabahaye na bo bakayemera, bakamenya by’ukuri ko naturutse kuri wowe, bakizera kandi ko ari wowe wantumye.
Ndabasabira. Sinsabira ab’isi, ahubwo ndasabira abo wampaye kuko ari abawe,

kandi ibyanjye byose ni ibyawe, n’ibyawe na byo ni ibyanjye kandi nubahirijwe muri bo.

Jye sinkiri mu isi ariko bo bari mu isi, naho jye ndaza kuri wowe. Data Wera, ubarindire mu izina ryawe wampaye, ngo babe umwe nk’uko natwe turi umwe.

Nkiri kumwe na bo, nabarindiraga mu izina ryawe wampaye. Narabarinze, muri bo nta muntu wabuze ngo arimbuke, keretse umwana wo kurimbuka ngo ibyanditswe bisohore.

Ariko none ndaza kuri wowe, kandi ibyo mbivuze nkiri mu isi, ngo bagire umunezero wanjye wuzure muri bo.

Nabahaye ijambo ryawe, kandi ab’isi barabanga kuko atari ab’isi, nk’uko nanjye ntari uw’isi.

Sinsaba ko ubakura mu isi, ahubwo ubarinde Umubi.

Si ab’isi nk’uko nanjye ntari uw’isi.

Ubereshe ukuri: ijambo ryawe ni ryo kuri.

Ibyakozwe 9:1-6,

Ariko Sawuli akomeza gukangisha abigishwa b’Umwami ko bicwa, ajya ku mutambyi mukuru

amusaba inzandiko zo guha ab’amasinagogi y’i Damasiko, kugira ngo nabona abantu b’Inzira ya Yesu, abagabo cyangwa abagore, ababohe abajyane i Yerusalemu.

Akigenda yenda gusohora i Damasiko, umucyo uramutungura uvuye mu ijuru uramugota.

Agwa hasi yumva ijwi rimubaza riti “Sawuli, Sawuli, undenganiriza iki?”

Aramubaza ati “Uri nde, Mwami?” Na we ati “Ndi Yesu, uwo urenganya.

Ariko haguruka ujye mu mudugudu, uzabwirwa ibyo ukwiriye gukora.”

Ibyakozwe Igice cya 18

Hanyuma y’ibyo, Pawulo ava muri Atenayi ajya i Korinto.

Asangayo Umuyuda witwaga Akwila wavukiye i Ponto, wari uvanye muri Italiya vuba n’umugore we Purisikila, kuko Kilawudiyo yari yarategetse Abayuda bose kuva i Roma. Nuko ajya kubasura.

Kandi kuko basangira umwuga, abana na bo bakorana imirimo, kuko umwuga wabo wari uwo kuboha amahema.

Agira impaka mu isinagogi amasabato yose, yemeza Abayuda n’Abagiriki.

Maze Sila na Timoteyo baje bavuye i Makedoniya, Pawulo ahatwa n’ijambo ry’Imana, ahamiriza Abayuda yuko Yesu ari we Kristo.

Na bo bamugisha impaka batuka Yesu, akunkumura imyenda ye arababwira ati “Amaraso yanyu ababeho, jyeweho ntandiho. Uhereye none ngiye ku banyamahanga.”

Aherako avayo, yinjira mu nzu y’umuntu witwaga Titiyo Yusito wubahaga Imana, inzu ye yari ihereranye n’isinagogi.

Ariko Kirisipo, umutware w’isinagogi, yizerana Umwami Yesu n’abo mu rugo rwe bose, n’Abakorinto benshi bumvise Pawulo na bo barizera barabatizwa.

Maze Umwami Yesu abonekera Pawulo nijoro mu nzozi, aramubwira ati “Ntutinye, ahubwo uvuge we guceceka

kuko ndi kumwe nawe, kandi nta muntu uzagutera kukugirira nabi, kuko mfite abantu benshi muri uyu mudugudu.”

Amarayo umwaka n’amezi atandatu, yigisha ijambo ry’Imana muri bo.

Ariko ubwo Galiyo yari umutware wo muri Akaya, Abayuda bahuza inama. Nuko batera Pawulo bamujyana imbere y’intebe y’imanza bati

Uyu yemeza abantu gusenga Imana mu buryo budahura n’amategeko.

Pawulo yenda guterura amagambo, Galiyo abwira Abayuda ati “Mwa Bayuda mwe, iyo haba hariho igicumuro cyangwa icyaha kibi, haba habonetse impamvu ko mbihanganira kubumva,

ariko ubwo hariho impaka z’amagambo n’iz’amazina n’iz’amategeko yanyu, nimubyirangirize, sinshaka guca urubanza rw’ibyo, ni ibyanyu.”

Abirukana imbere y’intebe y’imanza.

Abagiriki bose bafata Sositeni umutware w’isinagogi, bamukubitira imbere y’intebe y’imanza. Ariko Galiyo ntiyabyitaho.

Nuko hanyuma y’ibyo Pawulo amarayo iyindi minsi myinshi, maze asezera kuri bene Data, atsukiraho arambuka ajya i Siriya, Purisikila na Akwila bajyana na we amaze kwiyogosheshereza i Kenkireya, kuko yari yarahize umuhigo.

Bagera muri Efeso ba bandi abasigayo. Nuko yinjira mu isinagogi ajya impaka n’Abayuda.

Bamwingingira gutindayo iyindi minsi, ariko ntiyabakundira.

Ahubwo abasezeraho arababwira ati “Nzagaruka ubundi, Imana nibishaka.” Atsukira aho ava muri Efeso.

Arambuka afata i Kayisariya, arazamuka ajya i Yerusalemu aramutsa ab’Itorero, aramanuka ajya muri Antiyokiya.

Amarayo iminsi, bukeye aragenda anyura mu gihugu cy’i Galatiya n’i Furugiya, ajya mu midugudu uko ikurikirana, akomeza abigishwa bose.

Hariho Umuyuda witwaga Apolo wavukiye mu Alekizanderiya, bukeye agera muri Efeso. Yari umuntu w’intyoza w’umunyabwenge, kandi akaba n’umuhanga mu byanditswe.

Uwo yari yarigishijwe Inzira y’Umwami Yesu, yagiraga umwete mwinshi mu mutima, avuga ibya Yesu kandi abyigisha neza, ariko yari azi umubatizo wa Yohana gusa.

Atangira kuvugira mu masinagogi ashize amanga, maze Purisikila na Akwila bamwumvise bamujyana iwabo, bamusobanurira Inzira y’Imana kugira ngo arusheho kuyimenya neza.

Ashatse kwambuka ngo ajye muri Akaya bene Data baramukomeza, bandikira abigishwa ngo bamwakire. Na we asohoyeyo, ubuntu bw’Imana bumutera gufasha cyane abizeye,

kuko yatsindiraga Abayuda cyane imbere y’abantu, abereka mu byanditswe yuko Yesu ari we Kristo.

Ibyakozwe 19

Apolo ari i Korinto, Pawulo anyura mu bihugu byo haruguru asohora muri Efeso, asangayo abigishwa bamwe.

Arababaza ati “Mwahawe Umwuka Wera, mutangiye kwizera?” Baramusubiza bati “Ntabwo twari twumva yuko Umwuka Wera yaje.”

Arababaza ati “Mwabatijwe mubatizo ki?” Baramusubiza bati “Umubatizo wa Yohana.”

Pawulo ati “Yohana yabatije umubatizo wo kwihana, abwira abantu kwizera uzaza hanyuma ye, ari we Yesu.”

Babyumvise batyo babatizwa mu izina ry’Umwami Yesu.

Pawulo amaze kubarambikaho ibiganza Umwuka Wera abazaho, bavuga izindi ndimi barahanura.

Abo bantu bose bari nka cumi na babiri.

Yinjira mu isinagogi, amara amezi atatu avuga ashize amanga, ajya impaka na bo abemeza iby’ubwami bw’Imana.

Ariko bamwe binangiye imitima banga kwizera, batukira Inzira ya Yesu imbere y’abantu. Ava muri bo arobanura abigishwa, iminsi yose agira impaka mu nzu yo kwigishirizamo ya Turano.

Agumya kugira atyo amara imyaka ibiri. Nuko abatuye muri Asiya bose bumva ijambo ry’Umwami Yesu, Abayuda n’Abagiriki.

Kandi Imana yakoreshaga amaboko ya Pawulo ibitangaza bikomeye.

Ndetse bashyiraga abarwayi ibitambaro n’imyenda bivuye ku mubiri we bagakira indwara zabo, abadayimoni bakabavamo.

Ariko inzererezi zimwe zo mu Bayuda na zo zirukanaga abadayimoni, zihimbira kuvugira izina ry’Umwami Yesu ku batewe n’abadayimoni ziti “Ndabategetse mu izina rya Yesu, uwo Pawulo avuga.”

Kandi hariho abahungu barindwi b’Umuyuda witwaga Sikewa, umwe mu batambyi bakuru, bagenzaga batyo.

Bukeye dayimoni arabasubiza ati “Yesu ndamuzi na Pawulo ndamumenye, ariko mwebweho muri ba nde?”

Nuko umuntu warimo dayimoni uwo abasimbukira bombi arababasha, arabanesha bigeza ubwo bahunga muri iyo nzu bambaye ubusa bakomeretse.

Ibyo bimenyekana mu Bayuda n’Abagiriki bose batuye muri Efeso, bose baterwa n’ubwoba kandi izina rya Yesu rishyirwa hejuru.

Nuko benshi mu bizeye baraza batura ibyaha byabo, bavuga n’ibyo bakoze.

Kandi benshi mu bakoraga iby’ubukonikoni bateranya ibitabo byabo by’ubukonikoni, babitwikira imbere ya rubanda rwose, babaze ibiciro byabyo babona yuko bugeze ku bice by’ifeza inzovu eshanu.

Uko ni ko ijambo ry’Umwami ryagwiriye cyane, kandi rikomeza kuganza.

Ibyo bishize, Pawulo agambirira mu mutima we kunyura i Makedoniya na Akaya ngo ajye i Yerusalemu, yibwira ati “Nimara kugerayo, nkwiriye kureba n’i Roma na ho.”

Atuma abamufashaga babiri, ari bo Timoteyo na Erasito kujya i Makedoniya, ubwe asigara mu Asiya amarayo indi minsi.

Icyo gihe habaho impagarara nyinshi zitewe n’Inzira ya Yesu.

Umuntu witwaga Demetiriyo, umucuzi w’ifeza, yacuraga mu ifeza ibishushanyo by’urusengero rwa Arutemi, akungukira abacuzi be byinshi.

Nuko abateraniriza hamwe n’abandi bakoraga uwo mwuga, arababwira ati “Mwa bagabo mwe, muzi yuko ubutunzi bwacu buva kuri uyu mwuga.

Murareba kandi murumva yuko atari muri Efeso honyine, ahubwo no mu Asiya hafi ya hose, Pawulo uwo yoheje abantu benshi akabahindura ati ‘Imana zaremwe n’abantu si imana nyakuri.’

Nuko uretse ko umwuga wacu wajya mu kaga ugahinyurwa, n’urusengero rw’imanakazi ikomeye Arutemi na rwo rwahinyurwa, kandi iyo abo muri Asiya bose n’abari mu isi yose basenga yakurwaho icyubahiro cyayo gikomeye.”

Na bo babyumvise batyo bagira umujinya mwinshi, barasakuza bati “Arutemi y’Abefeso irakomeye!”

Maze umudugudu wose uravurungana, bose birukira icyarimwe bajya mu iteraniro ry’ibirori, bakurura Gayo na Arisitariko b’Abanyamakedoniya bagendanaga na Pawulo.

Pawulo ashaka kujya muri abo bantu, ariko abigishwa baramubuza.

Ndetse kuko bamwe bo mu batwaraga Asiya bari incuti ze, bamutumaho bamuhana, ngo ye kwiroha mu iteraniro ry’ibirori.

Nuko abo mu iteraniro bamwe basakuza ukwabo abandi ukwabo, badahuriye ku kintu kimwe kuko iteraniro ryari rivurunganye, abenshi batari bazi igitumye baterana.

Nuko Abayuda batera Alekizanderi sentiri, bamukura mu bantu, ariko arabamama ashaka kwiregura ku bantu.

Bamenye ko ari Umuyuda bose basakuriza icyarimwe bamara nk’amasaha abiri bati “Arutemi y’Abefeso irakomeye!”

Aho bigeze umwanditsi w’umudugudu ahoza abantu arababwira ati “Bagabo bo muri Efeso, ni nde utazi yuko umudugudu w’Abefeso ari wo urinda urusengero rw’imanakazi ikomeye Arutemi, n’igishushanyo cyamanutse mu ijuru?

Nuko kuko ari nta wubasha guhakana ibyo, mukwiriye guhora ntimuhutireho kugira icyo mukora mutitonze,

kuko muzanye aba bantu batibye ibyo mu rusengero, kandi batatutse imanakazi yacu.

Nuko Demetiriyo n’abacuzi bari kumwe na we, niba bafite uwo barega, hariho iminsi yagenewe kuburanirwamo kandi n’abacamanza barahari baregane.

Ariko rero niba hari ikindi mushaka, kizategekerwa mu rukiko rusanzwe.

Erega ubu turi mu kaga ko kuregwa ubugome, kuko nta mpamvu y’iyi mivurungano ihari twakwireguza!”

Avuze ibyo asezerera iteraniro.

Abaroma 8:14-19

Abayoborwa n’Umwuka w’Imana bose ni bo bana b’Imana,

kuko mutahawe umwuka w’ububata ubasubiza mu bwoba, ahubwo mwahawe umwuka ubahindura abana b’Imana, udutakisha uti “Aba, Data!”

Umwuka w’Imana ubwe ahamanya n’umwuka wacu yuko turi abana b’Imana,

kandi ubwo turi abana bayo turi n’abaragwa, ndetse turi abaragwa b’Imana, turi abaraganwana Kristo niba tubabarana na we ngo duhanwe ubwiza na we.

Mbonye yuko imibabaro y’iki gihe idakwiriye kugereranywa n’ubwiza tuzahishurirwa,

kuko ndetse n’ibyaremwe byose bitegerezanya amatsiko guhishurwa kw’abana b’Imana,

1 Abakorinto 12:12-13

Nk’uko umubiri ari umwe ukagira ingingo nyinshi, kandi nk’uko ingingo z’umubiri zose, nubwo ari nyinshi ari umubiri umwe, ni ko na Kristo ari,

kuko mu Mwuka umwe twese ari mo twabatirijwe kuba umubiri umwe, naho twaba Abayuda cyangwa Abagiriki, naho twaba imbata cyangwa ab’umudendezo. Kandi twese twujujwe Umwuka umwe.

Abagalatiya 1:8-18

Ariko nihagira ubabwiriza ubutumwa butari ubwo twababwirije, ari twe cyangwa ndetse marayika uvuye mu ijuru, avumwe.

Nk’uko twabanje kubivuga na none nongeye kubivuga nti “Niba umuntu ababwira ubutumwa budahura n’ubwo mwemeye mbere avumwe.”

Mbese noneho ni ishimwe ry’abantu nshaka, cyangwa ni iry’Imana? Cyangwa se ni abantu nshaka kunezeza? Iyaba nkinezeza abantu simba ndi imbata ya Kristo.

Bene Data, ndabamenyesha yuko ubutumwa bwiza navuze atari ubw’abantu

kuko nanjye ntabuhawe n’umuntu, kandi sinabwigishijwe n’umuntu, ahubwo ni Yesu Kristo wabumpishuriye.

Mwumvise ingeso zanjye nari mfite kera ngikurikiza idini y’Abayuda, yuko nari nkabije kurenganya Itorero ry’Imana no kuririmbura.

Kandi narushije benshi bo mu bwoko bwacu tungana gukurikiza idini y’Abayuda, kuko nabarushaga kugira ishyaka ry’imigenzo twahawe na ba sogokuruza.

Ariko Imana yantoranije nkiri mu nda ya mama, impamagara ku bw’ubuntu bwayo.

Kandi ubwo yashimaga kumpishurira Umwana wayo ngo mvuge ubutumwa bwe bwiza mu banyamahanga, sinahereye ko ngisha inama abafite umubiri n’amaraso,

cyangwa ngo nzamuke njye i Yerusalemu gusanga abambanjirije kuba intumwa, ahubwo nagiye muri Arabiya kandi mvuyeyo nsubira i Damasiko.

Nuko imyaka itatu ishize ndazamuka njya i Yerusalemu gusura Kefa, mara iwe iminsi cumi n’itanu.

Abefeso Igice cya 1

Pawulo wagizwe intumwa ya Kristo Yesu nk’uko Imana yabishatse, ndabandikiye mwebwe abera bari muri Efeso bizera Kristo Yesu,

ubuntu bube muri mwe n’amahoro biva ku Mana Data wa twese no ku Mwami Yesu Kristo.

Imana y’Umwami wacu Yesu Kristo, ari yo na Se ishimwe, kuko yaduhereye muri Kristo imigisha yose y’umwuka yo mu ijuru,

nk’uko yadutoranirije muri we isi itararemwa, kugira ngo tube abera tutariho umugayo imbere yayo.

Kuko yagambiriye kera ku bw’urukundo rwayo ko duhinduka abana bayo, tubiheshejwe na Yesu Kristo ku bw’ineza y’ubushake bwayo,

kugira ngo ubuntu bwayo butagira akagero bushimwe, ubwo yaduhereye mu Mukunzi wayo.

Ni we waduhesheje gucungurwa ku bw’amaraso ye, ari ko kubabarirwa ibicumuro byacu nk’uko ubutunzi bw’ubuntu bwayo buri,

ubwo yadushagirijeho bukatubera ubwenge bwose no kumenya,

itumenyesheje ubwiru bw’ibyo ishaka ku bw’ineza y’ubushake bwayo, ari byo yagambiriye kera

kugira ngo ibihe nibisohora ibone uko iteraniriza ibintu byose muri Kristo, ari ibiri mu ijuru cyangwa ibiri mu isi.

Ku bw’uwo natwe twarazwe umurage tubitoranirijwe kera nk’uko Imana yabigambiriye, ikora byose nk’uko ibishaka mu mutima wayo

ngo tube abo gushimisha ubwiza bwayo, twebwe abiringiye Kristo uhereye kera.

Ni we namwe mwiringiye mumaze kumva ijambo ry’ukuri, ari ryo butumwa bwiza bw’agakiza kanyu, kandi mumaze kwizera ni we wabashyizeho ikimenyetso, ari cyo Mwuka Wera mwasezeranijwe,

uwo twahawe ho ingwate yo kuzaragwa wa murage kugeza ubwo abo Imana yaronse izabacungura. Ubwiza bwayo bushimwe.

Ni cyo gituma nanjye maze kumva uburyo mwizera Umwami Yesu mugakunda abera bose,

mbashimira Imana urudaca nkabasabira uko nsenze,

kugira ngo Imana y’Umwami wacu Yesu Kristo, ari yo Data wa twese w’icyubahiro, ibahe umwuka w’ubwenge no guhishurirwa bitume muyimenya,

ngo amaso y’imitima yanyu abone uko ahweza mumenye ibyo mwiringizwa n’Iyabahamagaye, mumenye n’ubutunzi bw’ubwiza bw’ibyo azaraga abera,

mumenye n’ubwinshi bw’imbaraga zayo butagira akagero, izo iha twebwe abizeye nk’uko imbaraga z’ububasha bwayo bukomeye ziri,

izo yakoreye muri Kristo ubwo yamuzuraga mu bapfuye ikamwicaza iburyo bwayo ahantu ho mu ijuru,

imushyize hejuru y’ubutware bwose n’ubushobozi bwose, n’imbaraga zose n’ubwami bwose, n’izina ryose rivugwa uretse muri iki gihe gusa, ahubwo no mu bihe bizaza.

Kandi yamuhaye gutwara byose ibishyira munsi y’ibirenge bye, imuha Itorero ngo abe umutwe waryo usumba byose,

na ryo ribe umubiri we ushyitse kandi ushyikirwamo na byose.

Abaheburayo 6:4-6,

Kuko bidashoboka ko abamaze kuvirwa n’umucyo, bagasogongera impano iva mu ijuru, bakagabana ku Mwuka Wera,

bakanasogongera ijambo ryiza ry’Imana, n’imbaraga z’igihe kizaza

maze bakagwa bakavamo, ntibishoboka kongera kubahindura bashya ngo bihane, kuko baba bongeye kwibambira Umwana w’Imana, bakamukoreza isoni ku mugaragaro.

Abaheburayo 9:11-12

Ariko Kristo amaze kuza, ahinduka umutambyi mukuru w’ibyiza bizaza, anyura mu ihema rirusha rya rindi gukomera no gutungana rwose ritaremwe n’intoki. Ibyo ni ukuvuga ngo ritari iryo mu byaremwe ibi.

Kandi ntiyinjijwe Ahera cyane n’amaraso y’ihene cyangwa n’ay’ibimasa, ahubwo yahinjijwe rimwe n’amaraso ye amaze kutubonera gucungurwa kw’iteka.

25-0511 Kugirwa Abana #2

Ubutumwa : 60-0518 Kugirwa Abana #2

BranhamTabernacle.org

Bakundwa Batambyi b’Ubwami

Mwese nimwikomange, mucuguse ubugingo bwanyu, kandi munyeganyeze umutima. Uyu munsi, Umugeni wa Yesu Kristo arimo ararangurura ngo:

Uyu Munsi, ubu buhanuzi busohoreye imbere y’amaso yacu.

Nizera ko, umwe muri iyi minsi y’igiciro, mu gihe iri shyirahamwe ry’impuzamadini rizajya hamwe, maze papa mushya agaturuka muri Leta z’Ubumwe z’Amerika maze agashyirwaho  bikurikije ubuhanuzi, noneho bazakora ikimenyetso gisa n’inyamaswa

umuhanuzi w’Ijwi ry’Imana yabivuze ku itariki 19 z’Ukuboza mu 1954, kandi amezi 9 nyuma y’aho, Robert Prevost, uzwi uyu munsi nka  Papa Leo XIV aravuka. Ubu ni papa mushya wa Roma. “Uku niko Uwiteka Avuze” gusohoye.

Italiki 7 Gicurasi mu 1946, Imana yashyize umuhanuzi Wayo muri Green’s Mill, Indiana, kugira ngo imuhe inshingano no gutangariza isi ngo,  uyu ni marayika Wanjye wa karindwi Ukomeye intumwa, Ijwi Ryanjye ku isi. Mumwumve.

Igihe Marayika w’Uwiteka yahuye nanjye hariya hanze muri Green’s Mill, Indian, imyaka umunani ishize, nyuma y’uko guhera nkiri umwana, yankurikiraga, akanyereka amayerekwa, igihe musanze, Arambwira ngo, “Nuramuka ubaye umunyakuri, ukageza abantu aho bakwizera, “

William Marrion Branham ni Ijwi ry’Imana ryatoranijwe ku isi. Umuhanuzi ukomeye uwo Ijambo ry’Imana rizaho. Bikurikije Ijambo, niwe musobanuzi wa Kimana WENYINE  w’Ijambo ry’Imana.

Yahamirijwe n’Imana Ubwayo, binyuze mu Nkingi y’Umuriro.

Itariki 7 Gicurasi 2025, SATANI yateguye Inama y’umuhezo y’Abakaridinari muri Chapeli ya Sistine muri Roma kugira ngo batore Umusimbura wa Kristo, kugira ngo basohoze Uku Niko Uwiteka Avuze.

Yemejwe n’umuntu binyuze mu MU GIHU CY’UMWOTSI W’UMWERU

Umugeni wa Kristo ku isi hose arimo aranezerwa, arangurura, avuza induru kandi ahimbaza Uwiteka mu gihe twumva, kandi tubona n’amaso yacu, ubuhanuzi bw’umuhanuzi burimo busohora.

Bisa nkaho twarimo tubona Inyanja Itukura ifunguka imbere y’amaso yacu. Manu Nshya imanuka iva mu ijuru. Amamiliyoni y’inkware arimo agaburirwa umugeni. Amazi arimo ava mu Gitare. Umuriro umanuka kandi ugatwika igitambo hamwe na Eliya.

Ubuhanuzi burimo burasohozwa buri munsi. Ijambo ry’Imana ryasezeranywe ririmo riragaragazwa mu buzima bwacu. Ibintu birimo kubaho ahantu hose ku isi. Umugeni yariteguye Ubwe kubwo kumva no kwizera Ijambo. Turi Ijambo ryambaye Umubiri.

Nyakuri, twahageze. Igihe kiregereje. Umugeni arimo aranezerwa kandi yiyunga ubwe ahantu hose ku isi kuruta uko byigeze biba mbere. Umuhanuzi arimo kongera guhamiriza Umugeni kubwo kumubwira ko turi abatambyi b’ubwami b’Imana, ishyanga ryera, ubwoko bwihariye bwahamagawe gusohoka, intore, abatoranijwe, kandi bagashyirwa iruhande.

UBU TURI Abahungu n’Abakobwa b’Imana, bayobowe n’Umwuka w’Imana; atari umuntu, ahubwo Umwuka. Turabizi, nta gace ko gushidikanya, TURI UMUGENI WE. KWIZERA kwacu kurimo gufata ntera nshya buri munsi. Ntacyo kuduhagarika cyangwa ngo kidukereze, Imana yarabiduhishuriye kandi ibitsika mu mitima no mu bugingo bwacu.

Umugeni yamenye mu buryo bwuzuye abo turibo. Turi mu Gihugu cyacu cy’isezerano, aho dutunze ibintu byose. Dufite amahoro y’Ijuru, imigisha y’Ijuru, Umwuka w’Ijuru, IBINTU BYOSE NI IBYACU. Turimo turitegura kubw’icyo atubikiye kigomba gukurikiraho.

Impanda y’Uwiteka izavuga, kandi abapfiriye muri Kristo bazabanza bazuke.

Iyi mibiri yo mu ijuru izamanuka maze yambare iyi yo ku isi, imibiri ihawe ubwiza kandi izahindurwa mu kanya gato, mu kanya nk’ako guhumbya. Tuzazamurwa hamwe nabo, kujya guhura n’Umwami mu kirere.

Mbega umunsi, mbega igihe. Nta buryo buhari kuri njye kuba nabivugisha amagambo y’abantu icyo twese twiyumvamo mu bugingo bwacu. Imitima yacu irimo irasimbuka. Ntabwo turimo kubyigira, Umwuka Wera ni nk’isoko idudubiza irimo yitera hejuru imbere muri twe. Umugeni amaze igihe ategereje uyu mwanya guhera mu minsi y’Adamu… KANDI TWE TURI HANO UBU.

Muhawe ikaze. Turabatumira. Turabinginga. Muze mwiyunge hamwe kubw’ibihe bidasanzwe isi yaba yarigeze igira, mu gihe twumva Ijwi ry’Imana riduhishurira Ijambo Ryayo kuri iki Cyumweru I Saa Sita z’Amanywa. Ku isaha y’i Jeffersonville, mu gihe twumva : 60-0518 Kugirwa Abana #2

Mwene Data Joseph Branham

Ibyanditswe byo gusoma mbere y’Ubutumwa:

Itangiriro 1:26

Imana iravuga iti “Tureme umuntu agire ishusho yacu ase natwe, batware amafi yo mu nyanja, n’inyoni n’ibisiga byo mu kirere, n’amatungo n’isi yose, n’igikururuka hasi cyose.”

Abefeso Igice cya mbere

Pawulo wagizwe intumwa ya Kristo Yesu nk’uko Imana yabishatse, ndabandikiye mwebwe abera bari muri Efeso bizera Kristo Yesu,

ubuntu bube muri mwe n’amahoro biva ku Mana Data wa twese no ku Mwami Yesu Kristo.

Imana y’Umwami wacu Yesu Kristo, ari yo na Se ishimwe, kuko yaduhereye muri Kristo imigisha yose y’umwuka yo mu ijuru,

nk’uko yadutoranirije muri we isi itararemwa, kugira ngo tube abera tutariho umugayo imbere yayo.

Kuko yagambiriye kera ku bw’urukundo rwayo ko duhinduka abana bayo, tubiheshejwe na Yesu Kristo ku bw’ineza y’ubushake bwayo,

kugira ngo ubuntu bwayo butagira akagero bushimwe, ubwo yaduhereye mu Mukunzi wayo.

Ni we waduhesheje gucungurwa ku bw’amaraso ye, ari ko kubabarirwa ibicumuro byacu nk’uko ubutunzi bw’ubuntu bwayo buri,

ubwo yadushagirijeho bukatubera ubwenge bwose no kumenya,

itumenyesheje ubwiru bw’ibyo ishaka ku bw’ineza y’ubushake bwayo, ari byo yagambiriye kera

kugira ngo ibihe nibisohora ibone uko iteraniriza ibintu byose muri Kristo, ari ibiri mu ijuru cyangwa ibiri mu isi.

Ku bw’uwo natwe twarazwe umurage tubitoranirijwe kera nk’uko Imana yabigambiriye, ikora byose nk’uko ibishaka mu mutima wayo

ngo tube abo gushimisha ubwiza bwayo, twebwe abiringiye Kristo uhereye kera.

Ni we namwe mwiringiye mumaze kumva ijambo ry’ukuri, ari ryo butumwa bwiza bw’agakiza kanyu, kandi mumaze kwizera ni we wabashyizeho ikimenyetso, ari cyo Mwuka Wera mwasezeranijwe,

uwo twahawe ho ingwate yo kuzaragwa wa murage kugeza ubwo abo Imana yaronse izabacungura. Ubwiza bwayo bushimwe.

Ni cyo gituma nanjye maze kumva uburyo mwizera Umwami Yesu mugakunda abera bose,

mbashimira Imana urudaca nkabasabira uko nsenze,

kugira ngo Imana y’Umwami wacu Yesu Kristo, ari yo Data wa twese w’icyubahiro, ibahe umwuka w’ubwenge no guhishurirwa bitume muyimenya,

ngo amaso y’imitima yanyu abone uko ahweza mumenye ibyo mwiringizwa n’Iyabahamagaye, mumenye n’ubutunzi bw’ubwiza bw’ibyo azaraga abera,

mumenye n’ubwinshi bw’imbaraga zayo butagira akagero, izo iha twebwe abizeye nk’uko imbaraga z’ububasha bwayo bukomeye ziri,

izo yakoreye muri Kristo ubwo yamuzuraga mu bapfuye ikamwicaza iburyo bwayo ahantu ho mu ijuru,

imushyize hejuru y’ubutware bwose n’ubushobozi bwose, n’imbaraga zose n’ubwami bwose, n’izina ryose rivugwa uretse muri iki gihe gusa, ahubwo no mu bihe bizaza.

Kandi yamuhaye gutwara byose ibishyira munsi y’ibirenge bye, imuha Itorero ngo abe umutwe waryo usumba byose,

na ryo ribe umubiri we ushyitse kandi ushyikirwamo na byose.

Abaroma 8: 19

kuko ndetse n’ibyaremwe byose bitegerezanya amatsiko guhishurwa kw’abana b’Imana,

Abagalatiya 1: 6-9

Ndatangazwa n’uko mwimuye vuba mutyo, mukareka uwabahamagariye guhabwa ubuntu bwa Kristo mukajya ku bundi butumwa,

Abaheburayo Igice cya gatandatu

Ni cyo gituma dukwiriye kuba turetse guhora mu bya mbere bya Kristo, tukigira imbere ngo tugere aho dutunganirizwa rwose, twe kongera gushyiraho urufatiro ubwa kabiri ari rwo kwihana imirimo ipfuye no kwizera Imana,

cyangwa ngo twongere kubigisha ibyo kubatizwa no kurambikwaho ibiganza, no kuzuka kw’abapfuye n’iby’urubanza rw’iteka.

Icyakora Imana nibikunda tuzabikora.

Kuko bidashoboka ko abamaze kuvirwa n’umucyo, bagasogongera impano iva mu ijuru, bakagabana ku Mwuka Wera,

bakanasogongera ijambo ryiza ry’Imana, n’imbaraga z’igihe kizaza

maze bakagwa bakavamo, ntibishoboka kongera kubahindura bashya ngo bihane, kuko baba bongeye kwibambira Umwana w’Imana, bakamukoreza isoni ku mugaragaro.

Kuko dore iyo ubutaka bwanyoye imvura yabuguyeho kenshi, bukameramo imyaka igirira akamaro ababuhingirwa, buhabwa n’Imana umugisha.

Ariko niba bumeramo amahwa n’ibitovu, buba buhinyutse bugeze hafi yo kuvumwa kandi amaherezo yabwo ni ugutwikwa.

Ariko bakundwa nubwo tuvuze dutyo, twiringiye tudashidikanya yuko ibyanyu birusha ibyo kuba byiza n’uko bizazana agakiza,

kuko Imana idakiranirwa ngo yibagirwe imirimo yanyu n’urukundo mwerekanye ko mukunze izina ryayo, kuko mwakoreraga abera na none mukaba mukibakorera.

Ariko rero, turifuza cyane ko umuntu wese wo muri mwe yerekana uwo mwete, wo kurinda ibyiringiro byuzuye kugeza ku mperuka

kugira ngo mutaba abanebwe, ahubwo mugere ikirenge mu cy’abaragwa amasezerano babiheshejwe no kwizera no kwihangana.

Ubwo Imana yasezeraniraga Aburahamu kuko ari nta we yajyaga kurahira uyiruta ubwayo, ni cyo cyatumye yirahira ubwayo iti

Ni ukuri no guha umugisha nzaguha umugisha, kandi no kugwiza nzakugwiza.

Uko ni ko byabaye, kuko Aburahamu amaze kwihangana yahawe ibyo yasezeranijwe.

Abantu barahira ubaruta, no mu mpaka zabo zose indahiro ni yo izirangiza, kuko iba ikomeje amagambo.

Ni cyo cyatumye Imana ishatse kurushaho kugaragariza abaragwa ibyasezeranijwe uko imigambi yayo idakuka, yongeraho indahiro

kugira ngo ibintu bibiri bidahinduka, ibyo Imana itabasha kubeshyeramo, biduheshe ihumure rikomeye twebwe abacikiye gusingira ibyiringiro byashyizwe imbere yacu.

Ibyo byiringiro tubifite nk’igitsika umutima gikomeye kandi gishikamye, cyinjira hirya y’umwenda ukingiriza Ahera cyane,

aho Yesu yatwinjiriye atubanjirije, amaze guhinduka Umutambyi mukuru iteka ryose mu buryo bwa Melikisedeki.

Yohana 1:17

kuko amategeko yatanzwe na Mose, ariko ubuntu n’ukuri byo byazanywe na Yesu Kristo.

25-0504 Kugirwa Abana #1

Ubutumwa : 60-0515E Kugirwa Abana #1

BranhamTabernacle.org

Bakundwa Bagizwe Abana

Ubu turi kurya ibintu by’Imana bikomeye kandi tukagira gusobanukirwa kweruye kw’Ijambo Ryayo. Imana yaduhaye Ubusobanuro bw’ukuri ku Ijambo Ryayo. Imyumvire Yacu y’Umwuka nta rujijo rurimo.

Twebwe TUZI neza Uwo Ari We. TUZI neza Icyo Aricyo. TUZI neza aho tugiye. TUZI neza abo turibo. kuko TUZI Uwo twizeye uwo ari we, kandi tuzi neza yuko abasha kurinda ikibitsanyo twamubikije kugeza kuri urya munsi.

Yavuganye natwe kandi aduhishurira ubwiru bwose bwari bwarahishwe guhera imfatiro z’isi zashyirwaho. Yatubwiye uburyo abandi bose bagiye banga inzira Ye yateguye igihe cyose maze bakishakira ubuyobozi butandukanye, ariko Yagombaga kugira itsinda rito rizakomeza kuba  irinyakuri ku Ijambo Rye.

Hirya no hino ku isi, ntabwo bashobora kuba bari ahantu hamwe kugira ngo bahuze ibintu byose. Ariko iryo tsinda rito rizaba rikwirakwiye ahantu hose ku isi.

Icyubahiro kibe icy’Uwiteka, nubwo dukwirakwiye hirya no hino kusi, ariko Twunze Ubumwe nk’Umuntu Umwe binyuze mu Gukandaho Bikavuga kandi tukumva Ijwi ry’Imana rivugana natwe.

Reka dutegereze kwakira ndetse dusogongere kucyo Aza kutubwira binyuze muri marayika Wayo ukomeye Kucyumweru.

Bakundwa Mwe mwatoranijwe, ubu mwicaye hamwe ahantu ho mu Ijuru. Ntabwo ari hanze ahabonetse hose, ahubwo ni ahantu ho “mu Ijuru”; ni igihagararo cyanyu nk’abizera. Mwarasenze kandi mwiteguye Ubutumwa. Muteraniye hamwe ubwanyu nk’abera, mubatijwe n’Umwuka Wera, mwuzuye imigisha y’Imana. Mwarahamagawe, muratoranywa, kandi umwuka wanyu winjizwa mu bihe byiza  byo mu Ijuru.

Ni iki gishobora kubaho. Umwuka Wanjye uraba ugendagenda hejuru yaburi mutima. Mwagizwe bashya kandi mwahindutse ibiremwa bishya muri Kristo Yesu. Ibyaha byanyu byose biri munsi y’Amaraso. Muramya bitunganye, hamwe n’ibiganza byanyu n’imitima izamuriwe kuri Njye, murimo mundamya hamwe ahantu ho mu Ijuru.

Muri Abagenwe, Batoranijwe, Mu Kumenya Mbere Kwanjye. Abatoranijwe, Abejejwe, Abatsindishirijwe kubwo Kumenywa mbere. Ntibishoboka kuri  mwe ko mwashukwa. Nabateguye mbere y’imfatiro z’isi. Muri Imana ntoya, mwashyizweho ikimenyetso n’Umwuka Wera w’isezerano; atari ukuvuka gusa mu muryango, Abahungu n’Abakobwa Banjye Nemeye.

Nzabaha umugisha hamwe no gukira kwa kimana, kumenya mbere, guhishurirwa, amayerekwa, imbaraga, indimi, ubusobanuro, ubwenge, ubumenyi, n’indi migisha yose yo mu ijuru, hamwe n’umunezero utavugwa kandi byuzuye Ubwiza.

Buri mutima uraza kuba wuzuye Umwuka Wanjye. Muzaba murimo mugendera hamwe, mwicaye hamwe, ahantu ho mu Ijuru. Nta gitekerezo na kimwe gipfuye hagati muri mwe, nta muti w’itabi n’umwe wanyowe, habe n’uwambaye akajipo kagufi, nta n’ibi, biriya cyangwa ibindi, nta gitekerezo na kimwe gipfuye, nta muntu ufitanye n’undi ikibazo, buri wese arimo avugana n’undi mu rukundo no guhuza, buri bose bahuje umutima bari hamwe.

Noneho mu buryo butunguranye haraza ijwi rivuye mu Ijuru rimeze nk’umuriri ukomeye kandi ndabaha umugisha hamwe n’imigisha yose y’umwuka. Hanyuma muraba nka Dawidi, arimo abyinira imbere y’Isanduku, mubwira isi ko mudatewe isoni, n’uko MURI UMUGENI W’AMAKASETE! Mukandaho bikavuga kandi mukizera BURI JAMBO Mvuga. Ntimuzigera kandi ntimushobora kunyeganyezwa!

Abandi bashobora kubyanga, cyangwa ntibabisobanukirwe, ariko mwe, ni Ikimenyetso cyanyu cy’Ishema. Nkuko Dawidi yabwiye umugore we ngo; “Utekereza ko ibi hari icyo bicyo, tegereza kugeza ejo, tuzumva amakasete menshi kurushaho, turamya Umwami, twuzuye Umwuka Wayo; kubera ko turi kubaho muri Kanani, twerekeje mu gihugu cy’isezerano. “

Noneho Ndiburebe hasi ndi mu Ijuru maze mbabwire ngo:

“Muri Umugeni uhuye n’Umutima Wanjye.”

Iyi migisha ishobora kuba iyawe nawe. Ngwino, wiyunge natwe kuri iki Cyumweru I Saa Sita z’Amanywa, ku isaha y’I Jeffersonvile, maze wibonere kugaragara k’Umwami kurusha uko byigeze bibaho mbere mu gihe twumva Ijwi ry’Imana kubw’iki gihe rivugana natwe kandi rituzanira Ubutumwa” Kugirwa Abana #1 60-0515E.

mwibuke, ibi birabwirwa itorero, ntabwo ari k’umuntu wo hanze. Kuri we, ni ubwiru, ni inshoberamahanga, ntiyagera ubwo abyumva, bimuca hejuru, ntacyo azigera abimenyaho. Ariko kw’itorero, n’ubuki mu rutare, n’umunezero usaze, n’ubwishingizi bw’umugisha, n’igitsika cy’ubugingo, ni ibyiringiro byacu, n’icyishingikirizo, ni Urutare rw’Ibisekuru, yoo! Ni icyiza cyose . Kuko isi n’ijuru bizashira, ariko Ijambo ry’Imana ntirizashira.

Mwene Data Joseph Branham

Ibyanditswe byo gusoma mbere y’Ubutumwa:

Yoweli 2:28

Hanyuma y’ibyo, nzasuka Umwuka wanjye ku bantu bose, abahungu banyu n’abakobwa banyu bazahanura, abakambwe banyu bazarota, n’abasore banyu bazerekwa.

Abefeso 1: 1-5

Pawulo wagizwe intumwa ya Kristo Yesu nk’uko Imana yabishatse, ndabandikiye mwebwe abera bari muri Efeso bizera Kristo Yesu,

ubuntu bube muri mwe n’amahoro biva ku Mana Data wa twese no ku Mwami Yesu Kristo.

Imana y’Umwami wacu Yesu Kristo, ari yo na Se ishimwe, kuko yaduhereye muri Kristo imigisha yose y’umwuka yo mu ijuru,

nk’uko yadutoranirije muri we isi itararemwa, kugira ngo tube abera tutariho umugayo imbere yayo.

Kuko yagambiriye kera ku bw’urukundo rwayo ko duhinduka abana bayo, tubiheshejwe na Yesu Kristo ku bw’ineza y’ubushake bwayo,

IAbakorinto 12: 13

kuko mu Mwuka umwe twese ari mo twabatirijwe kuba umubiri umwe, naho twaba Abayuda cyangwa Abagiriki, naho twaba imbata cyangwa ab’umudendezo. Kandi twese twujujwe Umwuka umwe.

1 Petero 1: 20

wamenywe n’Imana kera isi itararemwa, ariko akerekanwa ku mperuka y’ibihe ku bwanyu,

Ibyahishuwe 17: 8

Iyo nyamaswa ubonye yahozeho nyamara ntikiriho, kandi igiye kuzamuka ive ikuzimu ijye kurimbuka. Abari mu isi amazina yabo atanditswe mu gitabo cy’ubugingo, uhereye ku kuremwa kw’isi, bazatangara babonye iyo nyamaswa yahozeho ikaba itakiriho, kandi ikazongera kubaho.

Ibyahishuwe 13

Ngihagarara ku musenyi wo ku nyanja, ngiye kubona mbona inyamaswa iva mu nyanja ifite amahembe cumi n’imitwe irindwi. Ku mahembe yayo hariho ibisingo cumi, no ku mitwe yayo hariho amazina yo gutuka Imana.

Iyo nyamaswa nabonye yasaga n’ingwe, amajanja yayo yasaga n’aya aruko, akanwa kayo kasaga n’ak’intare. Cya kiyoka kiyiha imbaraga zacyo n’intebe yacyo y’ubwami, n’ubutware bukomeye.

Nuko mbona umwe mu mitwe yayo usa n’ukomeretse uruguma rwica, ariko urwo ruguma rwawishe rurakira. Abari mu isi yose bakurikira iyo nyamaswa bayitangarira.

Baramya icyo kiyoka kuko cyahaye iyo nyamaswa ubutware bwacyo, baramya n’iyo nyamaswa bati “Ni nde uhwanye n’iyi nyamaswa, kandi ni nde ubasha kuyirwanya?”

Ihabwa akanwa kavuga ibikomeye n’ibyo gutuka Imana, ihabwa no kurama ngo imare amezi mirongo ine n’abiri.

Ibumburira akanwa kayo gutuka Imana, no gutuka izina ryayo n’ihema ryayo n’ababa mu ijuru.

Ihabwa kurwanya abera no kubanesha, ihabwa no gutwara imiryango yose n’amoko yose, n’indimi zose n’amahanga yose.

Abari mu isi bose bazayiramya, umuntu wese izina rye ritanditswe mu gitabo cy’ubugingo cy’Umwana w’Intama, watambwe uhereye ku kuremwa kw’isi.

Ufite ugutwi niyumve.

Nihagira ujyana abandi ho iminyago na we ubwe azajyanwa ho umunyago, kandi uwicisha abandi inkota na we akwiriye kwicishwa inkota. Aho ni ho kwihangana kw’abera kuri no kwizera kwabo.

Nuko mbona indi nyamaswa izamuka iva mu butaka. Iyo yo yari ifite amahembe abiri nk’ay’umwana w’intama, ivuga nk’ikiyoka.

Itegekesha ububasha bwose bwa ya nyamaswa ya mbere mu maso yayo, ihata isi n’abayirimo ngo baramye ya nyamaswa ya mbere yakize uruguma rwayishe,

kandi ikora ibimenyetso bikomeye, imanura umuriro uva mu ijuru ugwa mu isi mu maso y’abantu.

Iyobesha abari mu isi ibyo bimenyetso yahawe gukorera imbere ya ya nyamaswa, ibabwira kurema igishushanyo cya ya nyamaswa yari ikomerekejwe n’inkota ikabaho.

Ihabwa guha icyo gishushanyo cy’inyamaswa guhumeka, ngo kivuge kandi cyicishe abatakiramya bose.

Itera bose aboroheje n’abakomeye, n’abatunzi n’abakene, n’ab’umudendezo n’ab’imbata, gushyirwaho ikimenyetso ku kiganza cy’iburyo cyangwa mu ruhanga,

kugira ngo hatagira umuntu wemererwa kugura cyangwa gutunda, keretse afite icyo kimenyetso cyangwa izina rya ya nyamaswa, cyangwa umubare w’izina ryayo.

Aha ni ho ubwenge buri: ufite ubwenge abare umubare w’iyo nyamaswa kuko ari umubare w’umuntu, kandi umubare we ni magana atandatu na mirongo itandatu n’itandatu.

25-0427 Umwami Wanzwe

Ubutumwa : 60-0515M Umwami Wanzwe

BranhamTabernacle.org

Bakundwa Nshuti z’igiciro,

Nshuti zanjye,bakundwa b’Ubutumwa Bwiza, abana banjye nabyariye Imana,

Mbega impera y’icyumweru itangaje twagize hamwe n’Umwami wacu. Nta kindi kintu bimeze kimwe, kugirana ibihe hamwe na We, tuvugana na We, twumva Ijwi Rye, tumuramya, tumushimira, kandi tukamubwira uburyo ki tumukunda.

N’ibyicyubahiro kubaho muri iki gihe kandi tukaba turi igice cy’Ibyanditswe birimo bisohora. Ni buryo ki amagambo y’abapfa yashobora kugaragaza ibiri mu mimitama yacu byose? Nkuko umuhanuzi yavuze, ntabwo ari njye, hariho ikintu imbere mu ndiba y’umutima, gisunika kandi kidudubiza muri njye; isoko idudubiza y’Umwuka Wera. Ni Umugeni urimo yitegura Ubwe kubw’Umukwe.

Mbega uburyo umugeni aba anezerewe mbere y’ubukwe bwe. Umutima we uba utera cyane mu gihe amasogonda yanyuma arimo atambuka… Aziko igihe noneho gishyize kikagera. “Nariteguye ubwanjye. Ninjye Aziye. Noneho Tuzaba turi UMWE.”

Turi kubaho nyakuri mu minsi isoza yanyuma y’igihe, Umugeni vuba aha azazamurwa kandi duhamagariwe ibirori byacu by’ukwa buki. Arimo aratuzamura hejuru ku rugero rushya. Nta kibazo gihari; nta kongera kwibaza; TURI UMUGENI.

Kandi ntabwo Arasoza. Aracyashaka guha umugisha no gutera umwete Umugeni We mukundwa yatoranije. Mbega uburyo Akunda kumutera umwete no kumubwira uburyo ki Amukunda. Mbega uburyo amuteye ishema.

Aracyafite ukundi Guhishurirwa kudasanzwe Ashaka kumuha. Mu gihe hari amajwi menshi mu isi arimo arwanya kumva amakasete, Arashaka kongera guhamiriza Umugeni indi nshuro ko ari mu bushake Bwe butunganye n’Inzira Ye yateguye.

Gahunda Yayo igihe cyose yagiye yangwa. Umugeni Wayo igihe cyose yagiye arenganywa. Abantu igihe cyose baba bashaka inzira zabo bwite, ibitekerezo byabo. Barashaka umuyobozi utandukanye kugira ngo abe ariwe ubayobora. Ariko Imana yohereje umuyobozi UMWE kugira ngo ayobore Umugeni Wayo, Ubwayo, Umwuka Wera, ndetse Umwuka Wera w’uyu munsi, kimwe no MUYINDI MINSI YOSE, NI UMUHANUZI W’IMANA.

Igihe cyose bagiye bashaka abantu kugira ngo babayobore. Mu minsi ya Samweli, Imana yavuze ko barimo bayanga kubwo kwanga ko Samweli abayobora. Byasaga n’ibidasanzwe kuba Samweli yari umuntu nawe, ariko itandukaniro ryari uko Samweli yari umuntu Imana yatoranije kugira ngo abayobore. Ntabwo yari Samweli, Yari Imana irimo gukoresha Samweli. Yari IJWI N’UMUNTU Imana yatoranije KUGIRA NGO ABAYOBORE, ariko bashakaga andi majwi.

Sawuli yari abizi ko abantu batinya Samweli, rero yagombaga gutangaza ngo”Sawuli NA Samweli”. Yagombaga gutera ubwoba abantu kugira ngo bamukurikire. Nyakuri, yari yahamagawe. Nyakuri, yari yasizwe na Samweli kugira ngo abe umwami wabo, ariko Imana NABWO yari ifite Inzira yateguye. Imana yavuganye n’umuhanuzi Wayo maze Abwira Sawuli icyo akwiriye gukora. Igihe Sawuli yemeje ko nawe asizwe, maze akanga kumva umuhanuzi gusa, Imana yamwambuye ubwami.

Nuko, rero, bakoze ibyo, bamaze gutsindwa, Sawuli abagisha ibimasa bibiri abyohereza mubwoko bwe. Kandi nifuzaga kubereka ko igihe Sawuli yohereje ibyo bice by’ibimasa muri Isiraheli hose, yaravuze ati: “uwari we wese utazakurikira Samweli na Sawuli, azakorerwa nk’ibi.” Murabona uburyo, mu gushukana yagerageje kwiyerekana ubwe hamwe n’umuntu w’Imana? Mbega… Mbega ukuntu bitari ubukirisitu. Abantu bari bafite gutinya kubera Samweli. Ariko Sawuli yatumye bose bamukura, kubera ko abantu batinyaga Samweli.  ati “Reka bakurikire Samweli na Sawuli.”

Umunsi umwe Sawuli yari afite ibibazo. Ntiyashoboraga kubona igisubizo kivuye ku Mana. Ntiyashoboraga kubona icyo kumukomeza. Yashakaga ibisubizo. Yamenye aho yagombaga kujya akabona igisubizo yashakaga; hari hariho ahantu hamwe honyine, UMUHANUZI W’IMANA SAMWELI. Yari yarasinziriye ariko yari akiri IJWI RY’IMANA, HABE NO MURI PARADIZO

Data ashaka ko Umugeni We amenya uwo Yatoranije kugira ngo ayobore Umugeni muri iyi minsi yanyuma, rero Yafashe marayika Wayo ukomeye amwambutsa hakurya y’inyegamo y’igihe kugira yongere kutubwira bundi bushya, adukomeze, kandi adutere umwete ko turi mu Bushake Bwayo Yatanze Butunganye.

Mwumve neza IBINTU BYOSE umuhanuzi avuga.

Yemwe, sinifuza ko musubiramo ibi. Ndi mbere y’itorero ryanjye, cyangwa intama mbereye umushumba

Mbere y’uko agira ikintu atubwira, arashaka ko tubanza kumenya ko Ibi ari IBYACU GUSA, ITORERO RYE, INTAMA ZE, ABO ARAGIYE. Aha rero, niba udashobora kuvuga ngo, “Mwene Data Branham ni pasteri WANJYE,” Nabivuze mbere, kandi nta mpamvu ihari yo kongera kubisoma, ibi ntabwo ari ibyanyu, kongeraho ko atanashakaga ko tugira uwo tubisubiriramo uretse abo babyizera kandi bavuga ngo, “Mwene Data Branham ni pasteri wanjye.”

Hano hari igisubizo ku kibazo dukunda kunegurwaho cyane kubwo kuvuga ngo,”Mwene Data Branham ni pasteri wacu.” (Abo ni babandi b’amakasete.) Baravuga ukuri, ni ko we ari, kandi natwe niko turi.

Rero ntimukandakarire, ntabwo mvugira ibi bintu kugira uwo ndakaza, ibyo byaba ari amakosa, ariko ni icyo Irimo kubwira Umugeni. Ntabwo ndimo nongeramo ubusobanuro bwanjye kuri byo, Irabivuga mu buryo bweruye… Ijambo ry’Imana ntabwo rikeneye ubusobanuro.

Niba nari muri uyu mubiri cyangwa hanze yawo, cyangwa ari uguhinduka… ntabwo byari nk’ayandi mayerekwa nagize.

Noneho atubwira ko ibi bitari bimeze nk’iyerekwa iryo ariryo ryose yaba yarigeze agira. Yagiye ahantu atigeze agera. Byari BYIZA CYANE kurusha irindi yerekwa iryo ariryo ryose yaba yarigeze agira. Ntabwo yarimo arota, yabonye umubiri we ku buriri; YARI AHO.

Umugeni wa Yesu Kristo, reka ibyo byinjire neza. Yari Umugeni wa Yesu Kristo kurundi ruhande, mu ndagihe, waje yiruka amusanga, arangurura kandi amukoraho, barambura amaboko yabo bakamuhobera maze bakavuga ngo, “Oh, mwene Data w’igiciro.”

Yari araho; yashoboraga kubyiyumvamo; yashoboraga kubumva. Barimo bavugana na we. Arahagarara maze arareba, yari muto. Areba inyuma ku mubiri we wari uryamye aho hamwe n’amaboko ye ayiseguye ku mutwe we.

Noneho twamenye ko YARI ARAHO, kandi yari Umugeni wa Yesu Kristo yarimo areba. Aha reka twumve icyo ijwi riturutse hejuru ryarimo rimubwira.

Nuko, ijwi ryavugiraga hejuru yanjye, riravuga riti: “urabizi, haranditswe muri Bibiliya ko abahanuzi bakirirwaga hamwe n’ababo.”

Imana ntabwo yarimo gusa yereka kandi itera umwete umuhanuzi Wayo, ariko hariho ibindi byinshi. Yagombaga kugaruka atari ukutubwira aho tugiye gusa n’uburyo bizaba bimeze, ahubwo kutubwira ko turi mu Bushake Bwayo butunganye kubwo Gukandaho Bikavuga kandi ubwo nibwo buryo bwo kugera aho Umugeni ari.

Mwene Data Branham yavuze ko yifuzaga cyane kureba Yesu. Ariko baramubwira ngo:

“ubu, ari hejuru gato, muri iki cyerekezo.” Baravuga bati : “umunsi umwe azaza agusanga,

Bakomeje mu kumubwira UWO ARI WE.

“woherejwe nk’umuyobozi; kandi Imana izaza, kandi niza, izabanza igucire urubanza bijyanye n’ibyo wabigishije; niba bazinjira cyangwa batazinjira. Tuzinjira bitewe nibyo watwigishije.”

Ninde woherejwe nk’umuyobozi? Tuzacirwa urubanza bikurikije icyo nde yatwigishije? Tuzinjira mu Ijuru bigendeye kunyigisho zande?

Umwe aravuga ngo, nigisha abantu banjye icyo Mwene Data Branham yavuze… Amen, niko mukwiriye gukora kandi nizera ko bamwe babikora, ariko ntukabihindure ngo, “Mwene Data Branham na Njye.”

Reka dusome noneho mu gihe Ashaka ko tuba DUHAMIRIJWE ko dusobanukiwe muburyo bweruye.

Nuko abo bantu bariyamirira, bavuga bati: “turabizi, kandi tuziko umunsi umwe tuzasubira ku isi hamwe nawe.” Baravuga bati: “Yesu azaza, kandi uzacibwa urubanza bitewe n’Ijambo watubwirije.

Tuzacirwa urubanza bigendeye ku Ijambo WE yatubwirije. Kubw’ibyo, urubanza ruturuka mucyo Ijwi ry’Imana ryavuze ku makasete. Niburyo ki hagira uvuga ngo Ijwi ku makasete ntabwo ariryo JWI RY’INGENZI CYANE dushobora kumva?

“Noneho, niwemerwa icyo gihe, kandi uzemerwa,”

Ese uriteguye. Ibi birashimangira icyo ubushake butunganye bw’Umwami ku Mugeni wa Yesu Kristo aricyo. Umugeni arimo kubwira umuhanuzi icyo AZAKORA. Nta wundi. Ntabwo ari itsinda. Ntabwo ari undi mupastori, umuhanuzi w’Imana, WILLIAM MARRION BRANHAM.

Hanyuma uza mutwereka nk’itsinzi y’umurimo wawe

Ese ninde uzadushyikiriza Umwami Yesu?

Ese iminsi yo kumva umuhanuzi yararangiye?

Ese Mwene Data Branahm ntabwo yigeze avuga ko tugomba kuvuza amakasete?

Umugeni yararanguruye maze aravuga ngo niba mushaka kuba Umugeni mukwiriye Gukandaho Bikavuga.

Ese n’ubu nturabyemera? Yego, hari n’abandi benshi.

Yaravuze ngo, “Uzatuyobora kuri We, kandi, twese hamwe, tuzagaruka ku isi, kugira ngo tubeho iteka. “

Ni nde ugomba kutuyobora? Ninde ugomba kuyobora Umugeni? Umugeni arimo aramubwira ko AZAYOBORA UMUGENI KURI WE, noneho tuzagaruka ku isi kugira ngo tubeho iteka.

niba hari ho Guhishurirwa UKO ARI KO KOSE muri mwe. Niba muhamya ko mwizera Ubu Butumwa, ndasenga kugira ngo Imana ibahishurire ko MUHATIWE gushyira Ijwi Ryayo, aya makasete, IMBERE.

Ba Pasteri, mugarure umuhanuzi ku bicaniro byanyu. Amakasete niryo Jwi ry’ingenzi mukwiriye kumva kuko muzacirwa urubanza bashingiye kuri IRYO JWI.

Bikurikije Ijambo, turi mu bushake Bwayo butunganye kandi Yatanze kubw’igihe cyacu kubwo kumva Ijwi ry’Imana ku makasete.

Niba Imana yarafunguye amaso yawe kubw’Uguhishurirwa k’ukuri ku Ijambo Ryayo, ndagutumira kugira ngo wiyunge natwe  Kucyumweru I Saa Sita z’amanywa, ku isaha y’I Jeffersonville, mu gihe twumva 60-0515M Umwami Wanzwe.

Mwene Data Joseph Branham

Pasika 2025 -Amateraniro y’Ubusabane Budasanzwe no Kozanya ibirenge

Ubutumwa : Ubusabane 62-0204

BranhamTabernacle.org

Mukundwa Mugeni wa Kristo

Mbega ibihe bihebuje Umugeni aza kugira kuri iyi mpera y’icyumweru ya Paska. Nizera ko iza  kuba ari imwe mu by’umumaro mwinshi mu buzima bwacu; igihe tutazigera twibagirwa. Impera y’icyumweru y’Urwandiko Rudasanzwe.

Buri Pasika yagiye iba igihe kidasanzwe ku Mugeni, mu gihe dufunga imiryango yacu tugakingiranira isi hanze n’ibirangaza byayo, maze tukongera kwegurira Imana ubuzima bwacu. Ni impera y’icyumweru yamweguriwe kugira ngo tumuhimbaze, nkuko tuvugana na We ibihe byose, maze tukumva Ijambo Rye.

Umwanzi yateye ubuzima bwacu kurangara no guhuga mu bintu byinshi by’ubuzima kugeza aho byahindutse ibigoye kwiherera maze tukavugana na We. Habe n’ibikoresho dukoresha twumva Ijambo, Satani arabikoresha kugira ngo abangamire igihe cyacu.

Ariko iyi mpera y’icyumweru izaba itandukanye, kurusha indi mpera y’icyumweru ya pasika twaba twarigeze tugira.

Igihe Umwami yashyize ku mitima yacu kumva Ibimenyetso, nta gitekerezo nari mfite ku bijya n’aho amatariki azagwa. Ariko nkuko biri igihe cyose, kugena igihe kwe kuratunganye. Mu byumweru bibiri bishize twagiriwe ubuntu bwo kumva Ikimenyetso cya 4, Igisekuru cy’Ikizu, ku itariki 6 z’ukwa Kane, yari isabukuru y’amavuko y’umuhanuzi; Mbega uburyo bijyanye.

Ariko noneho, Umwami atubikiye byinshi mu bubiko. Nkuko nabivuze, igihe numvishe Umwami ashyize ku mutima wanjye gucuranga Ibimenyetso, narimbizi ko bizatwara ibyumweru byinshi kugira dusoze kubicuranga nkuko biri mu rukurikirane rw’Ubutumwa 10.

Mu gihe narebaga kuri kalendari, mbona ko Pasika izagera mbere y’uko dusoza kumva urwo rukurikirane rwose. Natekereje muri njye, ndibwira ngo ahari bizasaba guhagarika kumva Ibimenyetso nuko Azampa Ubutumwa bwa Pasika.

Muri ako kanya nabonye… biraza kuba BITUNGANYE. Ko dushobora gukomeza kumva Ibimenyetso noneho Ikimenyetso cya Karindwi tukazacyumva ku Cyumweru cya Pasika Mu gitondo. Sinashoboraga kubyiyumvisha, biratunganye neza muri gahunda. Namenye ubwo noneho, KO UYU ARI WOWE, MWAMI.

Nshimishijwe cyane kandi ntegerezanyije amatsiko kubw’iki gihe cyacu cya Pasika turi hamwe umwe ku wundi, ndetse hamwe na We. Namenye ko Yaduteguriye gahunda.

Kubw’ibyo, niba Umwami abishimye, tuzakomeza kumva Ibimenyetso muri iki gihe kidasanzwe cy’impera y’icyumweru ya Pasika.

KUWA KANE

Byari Kuwa kane nimugoroba nibwo Umwami Yesu yasangiye n’abigishwa Ifunguro rya Nimugoroba rya Nyuma, mu kwibuka Pasika mbere yo gusohoka kw’abana b’Isiraheri. Mbega amahirwe dufite gusangira n’Umwami mu ngo zacu, mbere y’impera y’icyumweru yejejwe, kandi tukamusaba kutubabarira ibyaha byacu, no kuduha ibyo dukeneye byose muri urugendo.

Biduhe, Mwami. Kiza abarwayi. Hoza abacitse intege. Nezeza abakandamijwe. Ha amahoro abacitse intege, Amafunguro abashonje, Ibyokunywa abishwe n’inyota, umunezero abishwe n’agahinda, imbaraga Itorero. Mwami, zana Yesu hagati muri twe, muri uyu mugoroba, mu gihe twiteguye kujya mu busabane, bushushanya umubiri We washenjaguwe. Dusabye, Mwami, ngo Atugenderere by’umwihariko.

 Ha abandi umugisha, Mwami, abari mu isi yose, bategerezanyije umunezero Ukuza k’Umwami – amatabaza ateguye, ibirahure bikenkemuye, Umucyo w’Ubutumwa Bwiza urabagirana ahacuze umwijima.

Reka dutangire ku isaha y’I Saa Kumi n’ebyiri z’umugoroba. Ku masaha y’iwanyu kugira ngo twumve Ubusabane 62-0204, kandi noneho umuhanuzi aributwinjize mu Busabane Budasanzwe n’Umurimo wo Kozanya Ibirenge, ari wo uza gutambutswa kuri app ya Lifeline (Mu cyongereza), cyangwa mushobora kururutsa amateraniro mu Cyongereza cyangwa muzindi ndimi mukanze ku murongo uriho munsi.

Dukurikiye Ubutumwa, turaterana n’imiryango yacu mu ngo zacu maze dufate Ifunguro ry’Umwami.

KUWA GATANU

Reka tujye mu masengesho hamwe n’imiryango yacu I Saa Tatu za Mugitondo. Kandi hanyuma tuze kongera I Saa Sita z’amanywa. Dutumira Umwami kugira ngo abe hamwe natwe kandi yuzuze ingo zacu Umwuka Wera mu gihe tumwiyegurira ubwacu.

Reka ibitekerezo byacu bigaruke kuri uriya munsi I Karuvari, nko mu myaka 2000 ishize, kandi tureba Umucunguzi wacu amanitse ku musaraba, kandi hanyuma twiyemeze ubwacu kimwe guhora igihe cyose dukora ibinezeza Data:

Niba uriya munsi ari uw’ingenzi cyane, niba ari umwe mu minsi y’ingenzi, twitegereze mu ngingo 3 zinyuranye icyo uriya munsi watumariye. Twagashoboye gufatamo ingingo amagana. Ariko, iki gitondo, nahisemo gusa ingingo 3 zinyuranye, z’ingenzi cyane, dushaka kwitaho mu mwanya muto ugiye gukurikira, kandi werekana icyo Kaluvari yatumariye. Kandi ngusabye ngo bikomange umutima buri munyabyaha wese uri hano, bitere buri wera gupfukama, bitere buri murwayi kuzamurira Imana ukwizera kwe maze atahe yakize, bitere buri munyabyaha gukizwa, buri wese wasubiye inyuma bimugarure kandi yitere isoni, naho buri uwera bimunezeze kandi bimuhe ingoga nshya, ibyiringiro bishya.

Hanyuma Saa Sita n’igice z’amanywa, reka tujye hamwe mu ngo zacu twumve: 63-0323 Ikimenyetso cya Gatandatu

Hanyuma ako kanya turongera kujya hamwe mu masengesho nyuma y’umurimo, mu kwibuka kubambwa k’Umwami wacu.

KUWA GATANDATU

Reka twongere twiyunge hamwe mu masengesho Saa Tatu za mu gitondo na Saa Sita z’amanywa. Kandi dutegure imitima yacu kubw’ikintu gikomeye Aribudukorere hagati muri twe.

Nshobora kumwumva Avuga ati: “Satani, ngwino hano!” Ubu ni Databuja. Ahageze afata urufunguzo rw’urupfu n’umuriro utazima, arumanika ku kibero Cye. Ati “Ndashaka kukumenyesha. Wabaye kadahumeka igihe kirekire bihagije. Ndi Umwana wavutse ku isugi w’Imana nzima. Amaraso yanjye aracyatose ku musaraba, kandi umwenda wose warishyuwe! Nta burenganzira ugifite. Uranyazwe. Mpa izo mfunguzo!”

Hanyuma I Saa Sita n’Igice z’Amanywa, turajya hamwe twese kugira ngo twumve IJAMBO: 63-0324m Ibibazo n’Ibisubizo ku Bimenyetso.

Mbega UMUNSI W’URWANDIKO RWIHARIYE ibi bigiye kubabyo ku Mugeni wo ku isi yose.

Noneho reka twese tujye hamwe mu masengesho ako kanya nyuma y’umurimo.

KUCYUMWERU

Reka tubanze tubyuke kare nkuko Mwene Data Branham yabikoze igihe ubwo iyi nshuti ye nto, Robin(ifundi), yamubyukije Saa Kumi n’Imwe za Mugitondo, Reka dushimire Umwami kubwo kuzura Yesu Ikamukura mu bapfuye:

Saa kumi n’imwe z’iki gitondo, agacuti kanjye k’ifundi (ifite agatorero k’umutuku) kahagaze ku idirishya ryanjye maze karankangura. Twajyaga kuvuga ko agatima kako kari kasabwe n’ibyishimo, kakavuga kati: “Yazutse.”

I Saa Tatu za Mugitondo n’I Saa Sita z’amanywa, reka twongere tujye hamwe indi nshuro mu murongo w’amasengesho, dusengerana umwe ku wundi kandi twitegura ubwacu kumva Ijwi ry’Imana.

I Saa Sita n’igice z’Amanywa, turaza kujya hamwe kugira ngo twumve Ubutumwa bwa Pasika: 63-0324e Ikimenyetso cya Karindwi

I Saa Cyenda z’Amanywa, reka twongere indi nshuro twiyunge hamwe kubw’amasengesho, tumushimira kubw’IMPERA Y’ICYUMWERU NZIZA YADUHAYE HAMWE NA WE N’UMUGENI WE WO KU ISI YOSE.

Kuri bene Data na bashiki bacu bari mu mahanga, kimwe n’umwaka ushize, ndashaka kubatumira kugira mwiyunge hamwe natwe ku isaha y’I Jeffersonville, kubw’ibihe by’amasengesho byose biri kuri iyi gahunda. Ndabona ko, nubwo, kunyuzaho Amakasete Kuwa Kane, Kuwa Gatanu, no Kuwa Gatandatu nyuma ya sasita ku isaha y’I Jeffersonville bishobora kuba ibigoye kuri benshi muri mwe, noneho mwumve mubohotse ko mwanyuzaho Ubwo Butumwa ku isaha Ibanogeye. Gusa, nubwo bimeze bityo, ndifuza ko twahurira hamwe Ku Cyumweru I Saa Sita z’Amanywa, ku isaha y’I Jeffersonville, kugira ngo twumve Ubutumwa bwacu bwo Kucyumweru hamwe.

Ndashaka no gutumira mwebwe n’abana banyu kugira uruhare muri Creations projects, mu gutangaza, no gusubiza ibibazo bya YF, ibyo umuryango wanyu wose ushobora kwishimira hamwe. Dutekereza ko muzabikunda kubwo kuba bishingiye ku IJAMBO tuzumva muri iyi mpera y’icyumweru.

Kubwa gahunda y’impera y’icyumweru, amakuru kubijyanye no gutegura amateraniro y’Ifunguro Ryera, ibikoresho bizakenerwa kubwa Creations projects, Utubazo twa Pasika, n’andi makuru, mwareba ku murongo uri munsi

Reka tuzimye amatelefone yacu kubw’impera y’icyumweru ya Pasika keretse gusa gufata amafoto, kumva Imirongo y’Umunsi, no gucuranga amakasete aturutse kuri app ya The Table, app ya Lifeline, cyangwa  imirongo ishobora kururutsa.

Ni ibyo kubahwa cyane kuri njye gutumira mwebwe n’imiryango yanyu kugira ngo tujye hamwe n’Umugeni wo ku isi yose kubw’impera y’icyumweru yuzuyemo KURAMYA, GUHIMBAZA NO GUKIRA INDWARA. Ndabyizeye nyakuri ko ari impera y’icyumweru igomba guhindura ubuzima bwawe by’iteka.

Mwene Data Joseph Branham