Ijwi ry’Ibyanditswe ryavugiye mu Nkingi y’Umuriro, riramubwira riti: “Naragutoranije, William Branham. Ni wowe muntu. Narakureze ku bw’iy’impamvu. Nzaguhamiriza binyuze mu bimenyetso n’ibitangaza. Ugiye kumanuka kugira ngo uhishure Ijambo Ryanjye no kuyobora Umugeni Wanjye. Ijambo Ryanjye rigomba gusohozwa NAWE.”
Umuhanuzi wacu yari azi neza ko yatumwe kubw’iyo mpamvu nyirizina yo kugira ngo ahishure ubwiru bwose bwa Bibiliya, no kugira ngo ayobore Umugeni w’Imana mu Gihugu cy’Isezerano. Yari azi ko icyo avuze Imana igihagararaho kandi ikagisohoza. Ndashaka ko mutigera mwibagirwa iryo Jambo. Icyo umuhanuzi wacu avuze, Imana izacyubaha, kubera ko Ijambo ry’Imana ryari muri William Marrion Branham. Ni we Jwi Ry’Imana ku isi.
Yari abizi ko ari we ntumwa y’Imana marayika wa karindwi usizwe. Yari azi neza mu mutima we ibintu byose Imana yamuvuzeho mu Ijambo Ryayo. Ibya gurumanaga mu mutima we byahindutse ukuri. Yari asizwe kandi abizi ko afite UKU NIKO UWITEKA AVUZE. Ntacyari gihari cyajyaga kumubuza gukomeza kuvuga Ijambo ry’Imana.
Imana yaramubwiye iti: “Ijambo ryanjye, na we, intumwa yanjye, byose ni kimwe.” Yari azi ko ari we watoranirijwe kuvuga Ijambo ritagira ikosa. Ibyo nibyo gusa yari akeneye. YARAVUGAGA, MAZE IMANA IKABISOHOZA.
Uko twaba turi itsinda rito kose, uko baduseka kose, bakatugaya, ntacyo bihindura. TURABIBONA. TURABYEMERA. Hari ikintu kiri muri twe. Twari twaragenewe kuKIbona, kandi nta kibasha kutubuza kuCYIzera.
Twibuka icyo Iyerekwa ryavuze ngo: “Subirayo ugende uhunike Ibyo Kurya.” None se ubwo bubiko bw’Ibyo Kurya bwari he? Mu Ngando ya Branham. Ese Haba hari ahandi mu gihugu, cyangwa ku isi hose hagereranywa n’ubutumwa dufite? NIRYO Jwi ryonyine ryahamirijwe n’Imana Ubwayo ko ari Uku Niko Uwiteka Avuze. IJWI RIMWE GUSA!
Ni he handi se twashobora cyangwa twakwifuza kujya, mu gihe yavuze ngo:
“Hano ni ho Ibyo Kurya byahunitswe…
byahunitswe hano. Biri ku makasete. Bizajya ku isi hose, aho abantu bari mu mazu yabo.
Turi Umugeni Jambo We Utunganye uwo wagumanye n’Ibyo Kurya Byahunitswe. Nta mpamvu yo kongera kurira ukundi, tuvuga Ijambo gusa maze tukigendera, kubera ko TURI Ijambo.
Buri wese muri twe! wenda waba uri umugore mu rugo, cyangwa ukaba uri umukobwa utarashaka, cyangwa ukaba uri umukecuru, cyangwa ukaba uri umusore, cyangwa ukaba uri umusaza, cyangwa icyo waba uricyo cyose, turagiye, uko biri kose. Nta n’umwe muri twe uzasigara. Amen! Buri wese muri twe aragiye, kandi ntakibasha kuduhagarika.
muvuga ibijyanye no kuduha KWIZERA kw’Izamurwa!!!
Ngwino wiyunge n’igice cy’Umugeni w’Imana mu gihe duteranira ku Ijwi ry’Imana rihamirijwe, mu gihe Avuga kandi Akatubwira ngo: Nkoramutima yanjye, Ntore yanjye, Mugeni Wanjye, Kuki Urira, Vuga, maze ukomeze ugende
Bro. Joseph Branham
Ubutumwa: 63-0714M – “Kuki Urira? Vuga!”
Isaha: Saa Sita z’amanywa (12:00 PM) – Isaha ya Jeffersonville
Ahantu:
Ariko hari Itorero rimwe nyakuri, kandi nturyiyungaho. Urivukamo; Murabona? Niba wararivutsemo, Imana nzima Ubwayo ikorera muri wowe, maze Ikimenyekanisha. Murabona? Aho ni ho Imana ituye: mu Itorero ryayo. Imana ijya ku Rusengero buri munsi, ndetse Iba mu Rusengero. Iba muri wowe. Uri Urusengero Rwayo. Uri Urusengero Rwayo. Uri Ingando Imana ituramo. Uri Urusengero rw’Imana nzima, wowe ubwawe.
Inzira YONYINE igana mu bugingo Buhoraho ni: Umwuka Wera uyobora kugira dukurikire Ijambo rihamirijwe. Ninde ufite Ijambo rihamirijwe ry’uyu munsi? Ese ninde Imana yatoranije kugira ngo asobanure Ijambo Ryayo? Ese ninde Imana yavuze ko ari we Jwi Ryayo kubw’uyu munsi? Ese ninde Imana Ubwayo yavuze ko ari umuyobozi uhamirijwe wo kuyobora Umugeni Wayo uyu munsi? Ese ni ubukozi?
Ni nk’uko navuze ku cyana cy’ikizu, igihe yumvise Ijwi ry’Umukwe, yaramusanze, Ijambo ry’Imana ry’iminsi ya nyuma, risizwe kandi rihamirijwe. Nowa yari Ijambo rihamirijwe ku bw’igihe cye. Mose yari Ijambo rihamirijwe ry’igihe cye. Yohana yari Ijamo rihamirijwe.
Bashobora gushyiramo icyaricyo cyose kizimije cyangwa ubusobanuro kuri Ryo uko babishaka, ariko:
WILLIAM MARRION BRANHAM NI IJAMBO RY’IMANA RIHAMIRIJWE KUBW’UYU MUNSI!
None se kuvuza Ijwi ry’Imana rihamirijwe mu rusengero rwanyu ntabwo ari ikintu cy’ingenzi Umugeni ashobora gukora? Ese ni ingenzi cyane kumva irindi jwi ritari iryo?
Ese ni itsinda ry’abantu n’ubukozi bwabo buzunga kandi bukayobora Umugeni? Ese Umugeni azungwa n’icyo ubukozi buvuze? Ntibahuza mu byo bavuga, noneho ubwo ninde dukwiriye gukurikira?
Ese ubusobanuro bwabo kuri ubu Butumwa nicyo tuzacirwaho urubanza? Ese baba bafite Inkingi y’Umuriro ihamiriza ubukozi bwabo? Ese ubusobanuro bwabo ku Ijambo nicyo Kidakuka cyawe?
Umuhanuzi avuga ko Umugeni AZAHURIZWA HAMWE. Ibaze ubwawe, ni iki kizasohoza ubu buhanuzi kugira Umwami aze maze azamure Umugeni We?
Kandi noneho, igihe ubwoko bw’Imana buzatangira kugaruka kuguteranira hamwe, hazaba ubumwe, hazaba hari imbaraga. Murabona? Kandi igihe cyose ubwoko bw’Imana buteraniye hamwe mu buryo bwuzuye, nizera ko aricyo gihe hazabaho umuzuko. Hazabaho igihe cy’izamurwa igihe Umwuka Wera uzatangira kubateraniriza hamwe. Bo–bazaba ari bake, birumvikana, ariko hazabaho guteranirizwa hamwe gukomeye.
Ese kuzaba ari ugukusanyirizwa hamwe gukomeye tuzengurutse ubukozi bw’umuntu runaka, undi wundi utari umuhanuzi w’Imana wahamirijwe? Ese rizaba ari ITSINDA ry’abakozi b’Imana kubera ko bamwe mu bukozi butanu bavuga ko TUTAGOMBA kuvuza Ijwi ry’Imana mu rusengero rwacu, ko ari ikosa. Ese abo nibo bazayobora Umugeni
NDABINGINZE MUMFASHE! NI UWUHE MUKOZI W’IMANA NKWIRIYE GUKURIKIRA, KUKO NIFUZA KUBA UMWE MURI UKO GUTERANIRIZWA HAMWE GUKOMEYE.
Bamwe baravuga ngo ubukozi butanu bw’Inkuba Zirindwi nibwo buzatunganya Umugeni. Bamwe mu bukozi butanu baravuga ngo iminsi y’ubukozi bw’Umuntu-Umwe yararangiye. Bamwe mu bukozi butanu bavuga ko tugomba kugaruka kuri pantekote. Abandi bavuga ko Ubutumwa ATARI ikidakuka. Bamwe bavuga ko nuvuza kasete uzaba uri mu bizera ibigirwamana. Bose bagenda bavuga ibitandukanye, ibitekerezo bitandukanye, ariko buri wese muri BO avuga ko bayobowe n’Umwuka Wera.
ESE NI UBUHE BUKOZI BUTANU NKWIRIYE GUKURIKIRA? Ese ndamutse nkurikiye pasteri “WANJYE” w’ubukozi butanu, ese nzaba Umugeni? Hariho “Amatsinda” menshi atandukanye y’abakozi b’ubukozi butanu. Aba bakozi 20 bajya hamwe maze bakagira amateraniro yabo, ariko bakaba mu buryo bwuzuye batemeranya n’abandi bakozi 20 bagize andi yabo atandukanye… ese ni ayahe materaniro nkwiriye kujyamo kugira ngo mbe ntunganye kandi nunzwe hamwe… amwe muri yo… cyangwa yose?
Kandi abantu bizera ko AKA KADURUVAYO ariko kagiye KUNGA KANDI KAGATUNGANYA UMUGENI? Bavuga ko bose ari ABAKOZI B’UBUKOZI BUTANU BAHAMAGAWE N’IMANA. Ariko ntabwo barimo babayobora KUKUYOBORWA K’UKURI BINYUZE MU MWUKA WERA, BARIMO BARABAYOBORA KURI BO UBWABO NO KU BUKOZI BWABO.
Kuri njye, nta nubwo mukeneye guhishurirwa kugira ngo mumenye ko ibyo bidashobora na gato GUHURIZA HAMWE cyangwa KUYOBORA Umugeni wese. IJAMBO RYONYINE niryo rizunga Umugeni, binyuze mu IJWI RY’IMANA UBWAYO KU MAKASETE.
Bene Data na bashiki bacu, byaba byiza mubyutse niba muri gukurikira umupasteri ubwiriza gusa kandi agasubiramo Ijambo, aribyo bizima kandi BIKABA NYAKURI aricyo akwiriye gukora, ariko akaba atakubwira, ndetse ngo AKORE iby’ingenzi cyane, aribyo KUVUZA IJWI RY’IMANA KU MAKASETE MU RUSENGERO RWANYU.
Mwene Data Branham atubwira ngo:
Noneho, dufite amategeko ya kimana atatu gusa yo mu buryo bw’umubiri twasigiwe. Rimwe muri yo ni : Ifunguro ryera ; Kozanya ibirenge, Umubatizo wo mu mazi. Ni ibyo bintu bitatu gusa. Ni ugutungana muri gatatu. Murabona.
Nifuzaga ko twagira Ubusabane bw’Ifunguro Ryera n’Amateraniro yo Kozanya Ibirenge kuri iki Cyumweru, Umwami nabishaka. Nkuko twabikoze mu gihe gishize, ndifuza kubakangurira gutangira saa kumi n’imwe z’umugoroba ku masaha y’iwanyu. Nubwo Mwene Data Branaham avuga ko intumwa zagiraga Ifunguro Ryera buri gihe uko bahuye, ashima ko ryakorwa mu gihe cy’umugoroba, kandi akaryita ko ari Ifunguro Ry’Umwami Rya Nimugoroba.
Ubutumwa n’Amateraniro y’Ubusabane bw’Ifunguro Ryera aratambuka kuri Radiyo Ijwi, kandi haraza kuba hari umurongo tubasha kumanuriraho dosiye z’amajwi, kuri abo badashobora gushyikira Radiyo Ijwi ku Cyumweru nimugoroba.
Mwene Data Joseph Branham
UMUTSIMA W’IGABURO RYERA
Umutsima w’Ubusabane uzwi kandi nk’‘umutsima w’ikubagahu,’ cyangwa ‘umutsima wa Pasika.’ Igihe Abana b’Isirayeli bakurwaga mu bubata bwa Farawo muri Egiputa, ntibabonye umwanya wo guteka umutsima mu buryo busanzwe, bafite umusemburo, cyangwa yeast, byo gutera umutsima kubyimba; ahubwo bawukoresheje ifu itarimo umusemburo, kuko bari ku ikubagahu ry’urugendo rwabo.
Kimwe mu bintu bya nyuma Umwami Yesu yakoze hano ku isi, ni ugufata Ubusabane bw’ifunguro ryera hamwe n’intumwa ze; kandi ni ikintu giteye amatsiko kubona ko n’Ubutumwa bwa nyuma Bwa Mwene Data Branham yabwirije, bwari ‘65-1212 Ubusabane.
Ijambo ridutoza yuko umutsima ugomba gukorwa n’abantu bitangiye ubwabo ndetse bakiyegurira Imana. Ni umwizera wuzuye Umwuka Wera wenyine ugomba gutegura uwo Mutsima wo gukoreshwa mu materaniro y’Igaburo Ryera
Iyo bikiri kuri uru rwego ntacyo bitwaye kuba wajugunya utwasagutse, kubera ko biba bitarasengerwa.
Igihe umutsima wamaze gusengerwa mu materaniro y’Igaburo Ryera, umugati usigaye ugomba koswa mbere y’uko umuseke w’undi munsi uhinguka. Gutwikwa k’umutsima bishushanya urugendo rwa Isiraheli mu butayu, igihe manu nshya yamanukana ivuye mu Ijuru buri munsi. Umutsima w’umunsi watambutse wabaga wamaze guhumana kandi ntabwo wabaga ari mwiza. Ni uko byari, usibye ku Munsi w’Isabato, igihe nta muntu wabaga yemerewe gukora, no kuba yajya guhumba manu nshya aho mu mbuga. Kubw’iyi mpamvu, ibyo kurya byabikwaga ku munsi ubanza kandi bakabishyira mu mahema yabo, maze Uwiteka akabibarindira kugira ngo bazabirye ku munsi w’isabato, cyangwa umunsi wo kuruhuka. (Wabisanga – mu Kuva 16)
Mwene Data Branham nawe yashushanije uku koswa k’umutsima n’ibisekuru birindwi by’itorero, kuko buri gisekuru cy’itorero cyagomba kurangiraho burundu mu rwego rwo kugira ngo gihe inzira manu nshya izanwe n’igisekuru cy’itorero gikurikiyeho. Ikiruseho, yabishushanyije n’imyitozo y’umwizera ku giti cye, ndetse n’uburyo tugomba gupfa buri munsi, kugira ngo twemerere Umwuka Wera kumanuka mushya mu buzima bwacu bwa buri munsi.
Mu rwego rwo kugira ngo umenye neza ko umutsima watwitswe rwose byuzuye, ni byiza kuwushyira mu gipfunyika cy’ibipapuro, maze ugatererwa hagati mu muriro waka cyane. Ibi bizahamiriza neza ko utumanyu twose twasigaye twatwitswe.
56 Uyu mutsima w’ifunguro, ukorwa n’Umukristo. Ni umutsima udasembuwe. Kandi nimubigenzura, igihe uwushyize mu kanwa kawe, uba uhanda, kuburyo ukarishye. Utabuwe kandi uvunaguritse, ushenjaguwe, aribyo bivuze kuvunagurika, umubiri washenjaguwe w’Umwami wacu Yesu. Oh, n’igihe gusa mbitekerejeho, umutima wanjye usa nkaho usimbuka ukubita! Igihe mbitekereje ko yashenjaguwe maze agakubitwa kandi agacumitwa, Umwana w’Imana udafite inenge! Muzi impamvu Yakoze Ibyo? Kubera ko nahamwaga n’icyaha. Kandi Yahindutse njye umunyabyaha, kugira ngo Njye binyuze mu Gitambo Cye mbashe guhinduka usa na We, umwana w’Imana. Mbega Igitambo! 62-1231 — The Contest – Amarushanwa
VINO Y’IGABURO RYERA
Umuvinyo w’Igaburo Ryera ushushanya Amaraso y’Umwami Yesu, ariyo atwezaho ibyaha byacu, kandi tuwunywa kugira ngo twerekane urupfu rw’Umwami kugeza igihe azagarukira. Umuvinyo w’Igaburo Ryera ntugomba kuba umutobe w’imizabibu, kuko uwo ushira uragaga kandi ukangirika uko ugenda usaza; ahubwo ugomba kuba umuvinyo nyawo, kuko uwo uko ugenda usaza niko urushaho kuba mwiza no kugira imbaraga; ntuzigera ugera aho utakaza imbaraga zawo.
Nk’uko Amaraso ya Yesu Kristo adatakaza ubwiza cyangwa ngo yangirike uko iminsi igenda, ahubwo ku mwizera arushaho kugira imbaraga no kuba meza uko iminsi igenda ishira.
Mu Byanditswe Byera, Umuvinyo ushushanya gushagurutswa n’Ijambo, igihe rihishurirwe umwizera.
58 Kandi vino, navuze, uko nabihawe, ko vino ishushanya ko zari imbaraga zo… zari imbaraga zo gushagurutswa no guhishurirwa. Murabona? Kandi ibyo ni igihe ikintu runaka cyahishutse. Bizana gushagurutswa ku mwizera, kubera ko bigaragajwe no guhishurirwa. Murabona? Ni ikintu Imana iba yaravuze. Cyari ubwiru; badashobora kugisobanukirwa, murabona. Kandi, maze nyuma y’akanya gato, Imana ikamanuka maze ikagisobanura, kandi ikagihamiriza. 63-0321 – Ikimenyetso Cya Kane
Ntabwo ari ngombwa ko umuvinyo ukorwa n’‘ibiganza byera’ nk’uko bigenda ku mutsima. Ushobora gukoresha vino yemewe n’amategeko ya Kosher cyangwa iya Pasika igurwa mu iduka. Ariko kandi ushaka kuyikorera wareba amabwiriza ku Karita z’ibikenewe (Recipe Cards) ziri kuri iyi paji ya site.
Tuzatanga vino n’ibikombe bito bya pulasitiki ku rusengero rwacu rwo muri Jeffersonville. Mu gihe cy’amateraniro y’Ubusabane, vino ishobora gufatwa mu bikombe bito, kimwe ku muntu umwe, cyangwa bagasangirira ku bikombe binini umwe ku wundi. Nyuma yo gufata Ifunguro, ku bitandukanye n’umutsima, vino y’Igaburo Ryera ntacyo bitwaye kuba yasubizwayo.
Ariko, nyuma y’aho umwana We Aburahamu atahaniye intsinzi, Melikisedeki aramusanganira amuha vino n’umugati, yerekana ko igihe uru rugamba rwo ku isi ruzarangirira, tuzamusanganira mu birere twongere dufate ifunguro ryera; bizaba ari ibirori by’ubukwe. “Sinzongera kunywa ukundi iyi vino no kurya ku mbuto z’umuzabibu, kugeza ubwo Nzazirira kandi Ngasangirira na mwe mu Bwami bwa Data.” Mbese byaba ari ukuri?
Mukundwa Mugeni wa Kristo, reka duteranire hamwe ku cyumweru saa sita z’amanywa ku isaha y’i Jeffersonville, twumve 65-1207 “Ubuyobozi.” Mwene Data Joseph Branham
Igihe Yesu, Ijambo ubwaryo, yamanukiraga ku isi imyaka ibihumbi bibiri ishize, yaje nk’uko yavuze ko azaza,nk’Umuhanuzi. Ijambo rye rivuga ko mbere y’uko agaruka, kwigaragaza kwuzuye kwa Yesu Kristo kuzongera kugaragara mu mubiri, mu muhanuzi. Uwo muhanuzi yaraje, izina rye ni William Marrion Branham.
Nigute umuntu atabona ko kumva Ijwi ry’Imana rivugana nabo ku buryo butaziguye kuri za kasete ari ubushake bwuzuye bw’Imana? Turabizi ko Ijambo buri gihe riza ku Muhanuzi w’Imana; ntirishobora kuza mu bundi buryo. Rigomba kuza rinyuze mu nzira y’umurongo w’Imana, ari yo yaduhishuriye mbere. Ni yo nzira yonyine rizanyuramo. Imana ikora nk’uko yasezeranije ko izabikora, kandi ntihwema kubikora mu buryo bumwe nk’uko yabikoraga igihe cyose.
Buri wese muri bo yariye ibintu bimwe, bose babyina mu Mwuka, bose bari bahuje buri kintu; ariko igihe cyo gutandukanya kigeze, Ijambo ni ryo ritandukanya. Uko niko bimeze n’uyu munsi! Ijambo ni ryo ryabatandukanyije! Igihe kigeze…
Mbega urwandiko rw’urukundo ruhishe hagati mu mirongo! ICYUBAHIRO KIBE ICY’UWITEKA! Atari ukubera ko gusa Yatumenye kandi Akadutoranya mbere y’imfatiro z’isi, Ahubwo hano Atubwiye ko Yadutoranirije kugira ngo tube abahungu n’abakobwa Be bagaragajwe kubw’UYU MUNSI. Idushyira ku isi muri iki gihe, hejuru y’abandi bera bose kuva mu ntangiriro, kuko Yari izi ko tuzahangana no guhinyuza kw’iyi saha kugira ngo duhamirize Imana nzima kandi y’ukuri y’isaha, Ubutumwa burimo busohoka muri iki gihe.
Twari mu Mana, nk’akagirabuzima fatizo, ijambo, nk’urukiryi guhera mu itangiriro, ariko UBU twicaye HAMWE ahantu ho mu ijuru muri Kristo Yesu, dusabana na We mu Ijambo Rye, binyuze mu Ijambo Rye; kubera ko TURI IJAMBO RYE, kandi Rikaba Rigaburira ubugingo bwacu.
Ntidushobora, kandi ntituzigera, twinjiza ikindi kintu mu buzima bwacu kitari Ijambo ry’Imana ritavangiye. Tuzi kandi twizera ko Ari ryo nzira y’Imana yateguye kubw’uyu munsi.
Turifuza kugutumira kwifatanya natwe kuri iki Cyumweru saa sita z’amanywa ku isaha y’I Jeffersonville, ubwo tuza kuba twumva IJWI RYONYINE, Ijwi ry’Imana kuri za kasete, aho ushobora kuvuga AMEN kuri buri Jambo ryose wumva.
Mwene Data Joseph Branham
Ubutumwa: Ibiriho Ubu Bishyizwe ku Mugaragaro n’Ubuhanuzi 65-1206
Ibyanditswe byo gusoma mbere yo kumva Ubutumwa:
Itangiriro 22 Hanyuma y’ibyo, Imana igerageza Aburahamu iramuhamagara iti “Aburahamu.” Aritaba ati “Karame.” Iramubwira iti “Jyana umwana wawe, umwana wawe w’ikinege ukunda Isaka, ujye mu gihugu cy’i Moriya umutambireyo ku musozi ndi bukubwire, abe igitambo cyoswa.” Aburahamu azinduka kare kare, ashyira amatandiko ku ndogobe ye, ajyana n’abagaragu be babiri, na Isaka umwana we. Yasa inkwi zo kosa igitambo, arahaguruka ajya ahantu Imana yamubwiye. Ku munsi wa gatatu Aburahamu arambura amaso, yitegereza aho hantu hari kure. Aburahamu abwira abo bagaragu be ati “Musigirane hano indogobe, jye n’uyu muhungu tujye hirya hariya dusenge, tubagarukeho.” Aburahamu yenda za nkwi zo kosa igitambo, azikorera Isaka umuhungu we, ajyana n’umuriro n’umushyo, bombi barajyana. Isaka ahamagara se Aburahamu ati “Data.” Aramwitaba ati “Ndakwitaba, mwana wanjye.” Aramubaza ati “Dore umuriro n’inkwi ngibi, ariko umwana w’intama uri he, w’igitambo cyo koswa?” Aburahamu aramusubiza ati “Mwana wanjye, Imana iri bwibonere umwana w’intama w’igitambo cyo koswa.” Nuko bombi barajyana. Aburahamu agiye gutamba Isaka, Imana iramubuza Bagera ahantu Imana yamubwiye, Aburahamu yubakayo igicaniro yararikaho za nkwi, aboha Isaka umuhungu we, amurambika kuri icyo gicaniro hejuru y’inkwi. Aburahamu arambura ukuboko, yenda wa mushyo ngo asogote umuhungu we. Marayika w’Uwiteka amuhamagara ari mu ijuru ati “Aburahamu, Aburahamu.” Aritaba ati “Karame.” Aramubwira ati “Ntukoze ukuboko kuri uwo muhungu, ntugire icyo umutwara, kuko ubu menye yuko wubaha Imana, kuko utanyimye umwana wawe w’ikinege.” Aburahamu yubura amaso arareba, abona inyuma ye impfizi y’intama, amahembe yayo afashwe mu gihuru. Aburahamu aragenda, yenda ya ntama, ayitambaho igitambo cyoswa mu cyimbo cy’umuhungu we. Aburahamu yita aho hantu Yehovayire, nk’uko bavuga na bugingo n’ubu bati “Ku musozi w’Uwiteka kizabonwa.” Maze marayika w’Uwiteka arongera ahamagara Aburahamu ari mu ijuru, aramubwira ati “Ndirahiye, ni ko Uwiteka avuga, ubwo ugenjeje utyo ntunyime umwana wawe w’ikinege, yuko no kuguha umugisha nzaguha umugisha, no kugwiza nzagwiza urubyaro rwawe ruhwane n’inyenyeri zo mu ijuru, kandi ruhwane n’umusenyi wo mu kibaya cy’inyanja, kandi ruzahindura amarembo y’ababisha barwo. Kandi mu rubyaro rwawe ni mo amahanga yose yo mu isi azaherwa umugisha kuko wanyumviye.” Aburahamu asubira aho abagaragu be bari, barahaguruka bajyana i Berisheba, agezeyo arahatura. Hanyuma y’ibyo babwira Aburahamu bati “Na Miluka yabyaranye na mwene so Nahori abana.” Imfura ye ni Usi, hakurikiraho Buzi murumuna we, na Kemuweli se wa Aramu, na Kesedi na Hazo na Piludashi, na Yidilafu na Betuweli. Betuweli yabyaye Rebeka. Abo uko ari umunani, Miluka yababyaranye na Nahori mwene se wa Aburahamu. Inshoreke ye yitwa Rewuma, na yo yabyaye Teba na Gahamu, na Tahashi na Maka.
Gutegeka kwa kabiri 18:15 Uwiteka Imana yawe izabahagurukiriza umuhanuzi umeze nkanjye ukomotse hagati muri mwe, muri bene wanyu, azabe ari we mwumvira.
Zaburi 22:1 Zaburi iyi yahimbiwe umutware w’abaririmbyi, babwirishaga inanga ijwi ryitwa “Imparakazi yo mu gitondo.” Ni Iya Dawidi. Mana yanjye, Mana yanjye, Ni iki kikundekesheje, Ukaba kure ntuntabare, Kure y’amagambo yo kuniha kwanjye?
Malaki 3:1 Dore nzatuma integuza yanjye, izambanziriza intunganyirize inzira. Umwami mushaka azāduka mu rusengero rwe, kandi intumwa y’isezerano mwishimana dore iraje. Ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga.
Malaki 4:5-6 Dore nzaboherereza umuhanuzi Eliya, umunsi w’Uwiteka ukomeye kandi uteye ubwoba utaragera. Uwo ni we uzasanganya imitima ya ba se ku bana n’imitima y’abana ku ya ba se, kugira ngo ntazaza kurimbuza isi umuvumo.
Matayo 4:4 Aramusubiza ati “Handitswe ngo Umuntu ntatungwa n’umutsima gusa, ahubwo atungwa n’amagambo yose ava mu kanwa k’Imana.'”
Matayo 24:24 Kuko abiyita Kristo n’abahanuzi b’ibinyoma bazaduka bakora ibimenyetso bikomeye n’ibitangaza, kugira ngo babone uko bayobya n’intore niba bishoboka.
Matayo 11:1-19 Yesu amaze gutegeka abigishwa be cumi na babiri, avayo ajya kwigisha no kubwiriza abantu mu midugudu y’aho. Ariko Yohana yumviye mu nzu y’imbohe ibyo Yesu akora, atuma abigishwa be ko bamubaza bati Mbese ni wowe wa wundi ukwiriye kuza, cyangwa dutegereze undi? Yesu arabasubiza ati “Nimugende mubwire Yohana ibyo mwumvise n’ibyo mubonye. Impumyi zirahumuka, ibirema biragenda, ababembe barakira, ibipfamatwi birumva, abapfuye barazurwa, abakene barabwirwa ubutumwa bwiza. Kandi hahirwa uwo ibyanjye bitazagusha.” Abo bakigenda, Yesu atangira kuvugana n’abantu ibya Yohana ati “Mwagiye mu butayu kureba iki? Urubingo ruhungabanywa n’umuyaga? Ariko mwagiye kureba iki? Umuntu wambaye imyenda yorohereye? Erega abambara iyorohereye baba mu ngo z’abami! Ariko mwajyanywe n’iki? Kureba umuhanuzi? Ni koko, kandi ndababwira yuko aruta umuhanuzi cyane. Uwo ni we wandikiwe ngo Dore ndenda gutuma integuza yanjye mbere yawe, Izakubanziriza igutunganirize inzira.’ Ndababwira ukuri, yuko mu babyawe n’abagore hatigeze kubaho umuntu uruta Yohana Umubatiza, ariko umuto mu bwami bwo mu ijuru aramuruta. Uhereye ku gihe cya Yohana Umubatiza ukageza none, ubwami bwo mu ijuru buratwaranirwa, intwarane zibugishamo imbaraga. Kuko abahanuzi bose n’amategeko byahanuye kugeza igihe cya Yohana, kandi niba mushaka kubyemera, ni we Eliya wahanuwe ko azaza. Ufite amatwi yumva niyumve. Ariko ab’iki gihe ndabagereranya n’iki? Bameze nk’abana bato bicaye mu maguriro bahamagara bagenzi babo bati Twabavugirije imyironge ntimwabyina, twaboroze ntimwarira.’ Kuko Yohana yaje atarya atanywa, bagira bati Afite dayimoni.’ Umwana w’umuntu aje arya anywa, bagira bati Dore iki kirura cy’umunywi w’inzoga, incuti y’abakoresha b’ikoro n’abanyabyaha.’Ariko ubwenge bwerekanwa n’imirimo yabwo.”
Luka 17:22-30 Abwira abigishwa be ati “Hazabaho igihe muzifuza kubona umunsi umwe mu minsi y’Umwana w’umuntu, ariko ntimuzawubona. Kandi bazababwira bati Dore nguriya’, cyangwa bati Dore nguyu.’Ntimuzajyeyo kandi ntimuzabakurikire. Nk’uko umurabyo urabiriza mu ruhande rumwe rw’ijuru, ukarabagiranira mu rundi, uko ni ko Umwana w’umuntu azaba ku munsi we. Ariko akwiriye kubanza kubabazwa uburyo bwinshi, no kwangwa n’ab’iki gihe. Kandi uko byari biri mu minsi ya Nowa, ni ko bizaba no mu minsi y’Umwana w’umuntu: bararyaga, baranywaga, bararongoraga, barashyingiraga, bageza umunsi Nowa yinjiriye mu nkuge, umwuzure uraza urabarimbura bose. No mu minsi ya Loti na yo byari bimeze bityo: bararyaga, baranywaga, baraguraga, barabibaga, barubakaga, maze umunsi Loti yavuye i Sodomu, umuriro n’amazuku biva mu ijuru biragwa, birabarimbura bose. Ni na ko bizamera umunsi Umwana w’umuntu azabonekeraho.
Luka 24:13-27 Nuko uwo munsi babiri muri bo bajyaga mu kirorero cyitwa Emawusi. (Kuva i Yerusalemu kugerayo ni nka sitadiyo mirongo itandatu.) Nuko baganira ibyabaye byose. Bakiganira babazanya, Yesu arabegera ajyana na bo, Ariko amaso yabo arabuzwa ngo batamumenya. Arababaza ati “Muragenda mubazanya ibiki?” Bahagarara bagaragaje umubabaro. Umwe muri bo witwaga Kilewopa aramusubiza ati “Mbese ni wowe wenyine mu bashyitsi b’i Yerusalemu, utazi ibyahabaye muri iyi minsi?” Arababaza ati “Ni ibiki?” Bati “Ni ibya Yesu w’i Nazareti, wari umuhanuzi ukomeye mu byo yakoraga n’ibyo yavugaga imbere y’Imana n’imbere y’abantu bose, kandi twavuganaga uburyo abatambyi bakuru n’abatware bacu, bamutanze ngo acirwe urubanza rwo gupfa bakamubamba, kandi twiringiraga yuko ari we uzacungura Abisirayeli. Uretse ibyo, dore uyu munsi ni uwa gatatu uhereye aho ibyo byabereye. None abagore bo muri twe badutangaje, kuko bazindutse bajya ku gituro ntibasangamo intumbi ye. Nuko baraza batubwira ko babonekewe n’abamarayika, bakababwira ko ari muzima. Kandi bamwe mu bari bari kumwe na twe bagiye ku gituro basanga ari ko biri, uko abagore batubwiye, ariko we ntibamubona.” Arababwira ati “Mwa bapfu mwe, imitima yanyu itinze cyane kwizera ibyo abahanuzi bavuze byose. None se Kristo ntiyari akwiriye kubabazwa atyo, ngo abone kwinjira mu bwiza bwe?” Atangirira kuri Mose no ku bahanuzi bose, abasobanurira mu byanditswe byose ibyanditswe kuri we.
Abaheburayo 13:8 Yesu Kristo uko yari ari ejo, n’uyu munsi ni ko ari kandi ni ko azahora iteka ryose.
Abaheburayo 1:1 Kera Imana yavuganiye na ba sogokuruza mu kanwa k’abahanuzi mu bihe byinshi no mu buryo bwinshi,
Yohana 1:1
Mbere na mbere hariho Jambo; Jambo uwo yahoranye n’Imana kandi Jambo yari Imana.
Ibyahishuwe 3:14-21 Wandikire marayika w’Itorero ry’i Lawodikiya uti Uwiyita Amen, umugabo wo guhamya kandi ukiranuka w’ukuri, inkomoko y’ibyo Imana yaremye aravuga aya magambo ati Nzi imirimo yawe, yuko udakonje kandi ntubire. Iyaba wari ukonje cyangwa wari ubize! Nuko rero kuko uri akazuyazi, udakonje ntubire, ngiye kukuruka. Kuko uvuga uti “Ndi umukire, ndatunze kandi ndatunganiwe nta cyo nkennye”, utazi yuko uri umutindi wo kubabarirwa, kandi uri umukene n’impumyi ndetse wambaye ubusa. Dore ndakugira inama: ungureho izahabu yatunganirijwe mu ruganda ubone uko uba umutunzi, kandi ungureho n’imyenda yera kugira ngo wambare isoni z’ubwambure bwawe zitagaragara, kandi ungureho umuti wo gusīga ku maso yawe kugira ngo uhumuke. Abo nkunda bose ndabacyaha, nkabahana ibihano. Nuko rero gira umwete wihane. Dore mpagaze ku rugi ndakomanga. Umuntu niyumva ijwi ryanjye agakingura urugi, nzinjira iwe dusangire.’ Unesha nzamuha kwicarana nanjye ku ntebe yanjye y’ubwami, nk’uko nanjye nanesheje nkicarana na Data ku ntebe ye.
Ibyahishuwe 10:7 ahubwo mu minsi y’ijwi rya marayika wa karindwi ubwo azatangira kuvuza impanda, ni ho ubwiru bw’Imana buzaba busohoye nk’uko yabwiye imbata zayo ari zo bahanuzi.”
Uku ni UGUHISHURIRWA kwa Yesu Kristo muri iki gihe. Atari icyo yari cyo mu kindi gihe, ahubwo uwo ari we NONAHA. Ijambo ry’uyu munsi. Aho Imana iri uyu munsi. Ni byo guhishurwa k’uyu munsi. Ubu kurimo kurakura mu Mugeni, idushyira mu gihagararo cyuzuye cy’abahungu n’abakobwa batunganye
Twibona ubwacu mu Ijambo Rye. Tuzi abo turi bo. Turabizi ko turi mu migambi Ye. Ngiyi inzira yateguwe n’Imana kubw’iki gihe. Turabizi ko Izamurwa riri hafi. Vuba aha abacu dukunda bazagaragara. Icyo gihe tuzamenya ko: Twahageze. Twese tugiye mu Ijuru… yego, Ijuru, ahantu hafatika nk’aha.
Ahubwo turagana ahantu hahari h’ukuri, aho tuzakora ibintu runaka, aho tugiye kuzaba. Tuzajyayo dukore. Tugiyeyo kunezerwa. Tugiye kubayo. Tugiye mu Bugingo, mu Bugingo bw’Iteka by’ukuri. Tugiye mu ijuru, muri paradizo. Nk’uko Adamu na Eva bakoraga, babagaho, kandi baryaga, banezererwa mu ngobyi ya Eden mbere y’uko icyaha cyinjira, turi mu nzira dusubira yo, ni ukuri, turi kuhasubira. Adamu wa mbere binyuze mu cyaha yarahadukuye. Adamu wa kabiri binyuze mu gukiranuka, atugaruye yo ; aradutsindishiriza kandi akatugarura yo.
Nigute umuntu yashobora kubonera inyito icyo ibi bivuze kuri twe? Mu kuri ko tugiye muri paradizo aho tuzatura iteka ryose turi kumwe. Ntihazongera kubaho umubabaro, ububabare cyangwa intimba, gutungana kwiyongera kukundi gutungana.
Mwene Data Joseph, wandika ibintu bimwe buri cyumweru. ICYUBAHIRO KIBE ICY’UWITEKA, nzabyandika buri ku cyumweru kuko Ashaka ko umenya uburyo Agukunda. Uwo uri we. Aho ugiye. Igicucu kirimo kirahinduka igifatika. Uri Ijambo rihinduka Ijambo.
Nshuti z’isi yose, muze twifatanye ku cyumweru saa 12h00 z’amanywa, ku isaha y’I Jeffersonville, mu gihe cyo kwifatanya ku murongo w’itumanaho; atari ukubera ko “Njye” ngutumiye, ahubwo kubera ko “We” Agutumiye. Atari ukubera ko “Njye” natoranyije kaseti, ahubwo kugira ngo twumve Ijambo hamwe n’igice cy’Umugeni ku isi yose icyarimwe.
Ese twashobora gutahura ko bishoboka ko Umugeni yumva Ijwi ry’Imana ku isi yose, ku isaha imwe? Ibyo bigomba kuba ari Imana. Imana yategetse umuhanuzi kubikora igihe marayika wayo yari hano ku isi. Yashishikarije Umugeni guhuriza hamwe mu masengesho, BOSE KU ISAHA IMWE Y’I JEFFERSONVILLE 9:00, 12:00, 3:00. Mbega uko bihambaye muri iki gihe, ko Umugeni ashobora kwiyunga hamwe nk’UMUNTU UMWE kugira ngo yumve Ijwi ry’Imana rivugana na bo ku isaha imwe?
Mwene Data Joseph Branham
Ubutumwa: Ibintu bigomba kuba 65-1205
Ibyanditswe:
Matayo 22: 1-14 Yesu yongera kuvugana na bo abacira imigani ati Ubwami bwo mu ijuru bugereranywa n’umwami wacyujije ubukwe bw’umwana we arongora, atuma abagaragu be guhamagara abatorewe gutaha ubukwe, banga kuza. Arongera atuma abandi bagaragu ati Mubwire abatowe muti: Dore niteguye amazimano, amapfizi yanjye n’inka zibyibushye babibaze, byose byiteguwe, muze mu bukwe.’ Maze abo ntibabyitaho barigendera, umwe ajya mu gikingi cye, undi ajya mu rutundo rwe, abasigaye bafata abagaragu be barabashinyagurira, barabica. Maze umwami ararakara agaba ingabo ze, arimbura abo bicanyi atwika umudugudu wabo. Maze abwira abagaragu be ati Ubukwe bwiteguwe, ariko abari babutorewe ntibari babukwiriye. Nuko mujye mu nzira nyabagendwa, abo muri buboneyo bose mubahamagare baze batahe ubukwe.’ Abo bagaragu barasohoka bajya mu nzira, bateranya abo babonye bose, ababi n’abeza, inzu yo gucyurizamo ubukwe yuzura abasangwa. Umwami yinjiye kureba abasangwa, abonamo umuntu utambaye umwenda w’ubukwe. Aramubaza ati Mugenzi wanjye, ni iki gitumye winjira hano utambaye umwenda w’ubukwe?’Na we arahora rwose. Maze umwami abwira abagaragu be ati Nimumubohe amaboko n’amaguru, mumujugunye mu mwijima hanze, ni ho bazaririra bakahahekenyera amenyo’, kuko abatowe ari benshi, ariko abatoranyijwe bakaba bake.
Yohani 14: 1-7 Ntimuhagarike imitima yanyu, mwizere Imana nanjye munyizere. Mu rugo rwa Data harimo amazu menshi: iyaba adahari mba mbabwiye, kuko ngiye kubategurira ahanyu. Kandi ubwo ngiye kubategurira ahanyu, nzagaruka mbajyane iwanjye, ngo aho ndi namwe muzabeyo. Kandi aho njya, inzira murayizi. Toma aramubwira ati “Databuja, ntituzi aho ujya, inzira twayibwirwa n’iki?” Yesu aramubwira ati “Ni jye nzira n’ukuri n’ubugingo: nta wujya kwa Data ntamujyanye. Iyaba mwaramenye, muba mwaramenye na Data. Uhereye none muramuzi kandi mwamurebye.”
Abaheburayo 7: 1-10
Melikisedeki uwo wari umwami w’i Salemu, n’umutambyi w’Imana Isumbabyose (wa wundi wasanganiye Aburahamu, ubwo yatabarukaga avuye gutsinda abami, amuha umugisha, ni na we Aburahamu yahaye kimwe mu icumi cya byose). Ubwa mbere izina rye risobanurwa ngo “Umwami wo gukiranuka”, kandi irya kabiri yitwa “Umwami w’i Salemu”, risobanurwa ngo “Umwami w’amahoro.” Ntagira se ntagira nyina, ntagira ba sekuruza kandi ntafite itangiriro ry’iminsi cyangwa iherezo ry’ubugingo, ahubwo ubwo ashushanywa n’Umwana w’Imana, ahora ari umutambyi iteka ryose. Nuko mutekereze namwe uburyo uwo muntu yari akomeye, byatumye ndetse Aburahamu sogokuruza mukuru amuha kimwe mu icumi cy’iminyago y’inyamibwa. Kandi abana ba Lewi ari bo bahabwa ubutambyi, bafite itegeko ryo gukoresha abantu kimwe mu icumi, ni bo bene wabo nubwo abo bakomotse ku rukiryi rwa Aburahamu. Ariko dore wa wundi utakomotse mu muryango wabo yakoresheje Aburahamu kimwe mu icumi, kandi aha umugisha nyir’ibyasezeranijwe! Nta wahakana ko uworoheje ahabwa umugisha n’ukomeye. Kandi muri twe abantu bapfa ni bo bahabwa kimwe mu icumi, naho icyo gihe cyahawe uhamywa ko ahoraho. Ndetse byabasha kuvugwa yuko Lewi uhabwa kimwe mu icumi, na we ubwe yagikoreshejwe ku bwa Aburahamu kuko yari akiri mu rukiryi rwa sekuruza, ubwo Melikisedeki yamusanganiraga.
Umwami yaduhaye ibihe byiza cyane mu mwiherero w’ingando w’icyumweru gishize, ubwo yaduhishuriraga Ijambo Rye. Yabihamije binyuze mu Ijambo Rye, ko ikidakuka cyacu ni uko: Ijambo Rye, Ubu Butumwa, n’Ijwi ry’Imana riri ku makasete; byose ari ikintu kimwe, Yesu Kristo uko yari ejo, niko ari uyu munsi, kandi niko azahora iteka ryose.
Tuzi yuko igihe umuntu aje, atumwe n’Imana, yaratoranijwe n’Imana, azanye UKU NIKO UWITEKA AVUZE by’ukuri , ubwo ubutumwa n’intumwa biba ari kintu kimwe. Kuko yoherejwe guhagararira UKU NIKO UWITEKA AVUZE, Ijambo ku Ijambo, kubw’ibyo we n’ubutumwa bwe aba ari ikintu kimwe.
Ntushobora gutandukanya ubutumwa n’intumwa, byombi ni kimwe, UKU NIKO UWITEKA AVUZE. Ntacyo bitwaye icyo umusigwa w’ikinyoma wese yavuga, Imana yavuze ko byombi ari kintu kimwe kandi ntushobora kubitandukanya.
Noneho yatubwiye ko tudakeneye agatambaro ko kuyungurura udukoko iyo turi kumva amakasete, kuko nta dukoko cyangwa umutobe w’udukoko uri muri Ubu Butumwa. Iyi ni Isoko Ye y’amazi adudubiza, iteka ihora itemba itunganye kandi itanduye. Ihora iteka idudubiza, ntiyigera ikama, ihora isunika kandi igasunika, igenda iduha guhishurirwa kuruseho kw’Ijambo Ryayo.
Yatwibukije ko TUTAGOMBA KWIBAGIRWA ko isezerano rye natwe ari iridashidikanywaho, si iryo kongera kwigwaho,ahubwo riruta ibintu byose, Ntirigira amakemwa.
Byaba ari urukundo, ubufasha, cyangwa kwiyegurira, niba ikintu ari nta makemwa kiba ari IKIDAKUKA kandi ntikiba gifite ibyo gishingiyeho bidasanzwe cyangwa izindi nshingano. Kizabaho uko byagenda kose, nta kabuza.
Rya zuba rimwe rirasira mu burasirazuba, ni ryo zuba rimwe rirengera mu burengerazuba. Kandi ni uwo Mwana w’Imana waje mu burasirazuba, akagaragaza ubwiza bw’Imana mu mubiri, ni we Mwana w’Imana umwe uri mu gice cy’Uburengerazuba hano, aribyo bigaragaza ko ari mu itorero uyu mugoroba, akaba ari uko yari ejo hashize uyu munsi ndetse n’iteka. Umucyo wa nimugoroba w’Umwana waraje. Uyu munsi iki Cyanditswe kirasohoye imbere yacu.
Umwana w’umuntu yongeye kuza mu mubiri w’umuntu muri iyi minsi yacu, nk’uko yabisezeranye ko azabikora, kugirango ahamagare umugeni asohoke. Ni Yesu Kristo uvugana natwe mu buryo budaciye iruhande, kandi ntibikeneye ubusobanuro bw’umuntu uwo ari we wese. Icyo dukeneye gusa, icyo dushaka gusa, ni ijwi ry’Imana rivuga ku makasete, riturutse ku Mana Ubwayo.
Ni uguhishurirwa ko kugaragazwa kw’ijambo ryabaye ukuri. Kandi turi kubaho muri iyo minsi; icyubahiro kibe icy’Imana; ihishurirwa ry’ubwiru ry’Uwo ari We Ubwe.
Mbega ibihe byiza umugeni ari kugira, ari imbere y’ubwiza bw’Umwana, akomera. Ingano yagarutse ku ngano nanone, kandi nta musemburo uri muri twe. Ni ijwi ry’ukuri ry’Imana rivugana natwe, riducura kandi ritugira ishusho ya Kristo, Ijambo.
Turi abahungu n’abakobwa b’Imana, urukiryi Rwe yagennye mbere ko tugomba kuza muri iki gisekuru, igisekuru gikomeye cyane kuruta ibindi mu mateka y’isi. Yamenye ko tudashobora kunanirwa, tudashobora kugambana, ahubwo ko tuzaba Umugeni Jambo we w’ukuri no gukiranuka, Urubyaro rwa Cyami rw’Abraham rwagombaga kuza.
Igihe cy’Izamurwa kirageze. Igihe kigeze ku iherezo. Aje gutwara Umugeni We witeguye Ubwe kandi akaba yicaye mu Kugaragara k’Umwana, arimo yumva Ijwi Rye ririmo rimwambika. Vuba aha tuzatangira kubona abacu bari inyuma y’inyegamo y’igihe, barategereje kandi bifuza kuba hamwe natwe.
Amakasete ni inzira Imana yateguye yo gutunganya Umugeni Wayo. Aya makasete niyo yonyine azunga Umugeni Wayo. Aya makasete ni Ijwi ry’Imana ku Mugeni Wayo.
Ndagutumira kuza kwifatanya natwe, igice cy’Umugeni Wayo, kuri iki Cyumweru saa Sita z’amanywa ku isaha y’I Jeffersonville, mu gihe twumva byose ku byerekeye ibyenda kubaho vuba: Izamurwa 65-1204.
Mukundwa Mugeni wa Kristo, reka tujye hamwe ku cyumweru saa sita z’amanywa ku isaha y’I Jeffersonville, kugira ngo twumve ubutumwa 65-1128E, Ku Mababa Y’Inuma Yera Nk’Urubura Mwene Data Joseph Branham
Hari ikintu kiri kubaho ku rwego rutigeze rubaho mbere hamwe n’Umugeni wa Kristo ku isi hose. Ibintu twumvise kera kandi twifuzaga kuzabona noneho biragaragajwe imbere y’amaso yacu.
Umwuka Wera ari guhuriza hamwe Umugeni we nk’uko yabivuze ko azabikora, abinyujije mu buryo Bwe BWONYINE yatanze muri iki gihe: Ijwi ry’Imana kuri za kaseti.
Arimo guhishura no kwemeza Ijambo Rye ku buryo butigeze bubaho mbere. Kimwe n’iriba ridudubiza, guhishurirwa kuradudubiza imbere muri twe.
ubu bumwe bw’umwuka bwa Kirisito n’Itorero rye, noneho, igihe Umubiri uhindutse Ijambo, kandi Ijambo rihindutse umubiri, rigaragajwe, rihamirijwe. Neza neza ibyo Bibiliya yatangaje kubw’uyu munsi, ni byo bibaho, umunsi ku munsi. Yoo, kandi ibi byirundanya cyane vuba, hariya mu butayu, kandi habaye ibintu, nta nabasha gukurikira.
Nta musemburo, nta jwi ririmo urujijo, nta n’igisobanuro cy’umuntu gikenewemo hagati muri twe. Turimo kumva Ijambo Ryera, Ritunganye, riva mu kanwa k’Imana, mu gihe rituvugisha umunwa ku gutwi.
Mwibuke, nimusohoka hano! Noneho mutangire musohoke mu gishishwa . mugiye kwinjira mw’ihundo, ariko mugume mu mucyo w’Umwana. Ntimwongere kucyo navuze kandi ntimugire icyo mugabanya. Kubera yuko mvuga ukuri uko nkuzi, nkuko Data yakumpishuriye. Murabona?
Imana yaremye INZIRA YONYINE ITUNGANYE kugira ngo Umugeni akore gusa nk’uko yadutegetse gukora. Ibi ntibyari byarigeze bibaho kugeza uyu munsi. Ntihakiriho gukekeranya, cyangwa gushidikanya, nta no kubaza niba hari ikintu cyongeweho, cyakuweho, cyangwa cyasobanuwe. Umugeni yahawe Guhishurirwa k’Ukuri: KUVUZA AMAKASETE NI INZIRA Y’IMANA ITUNGANYE.
Mugihe byaba ngombwa, reka nongere mbivuge. Guhishurirwa kwanjye ni uko Umugeni wa Yesu Kristo si abandi UMUGENI, NTA KINDI akeneye, uretse Ijwi ry’Imana riri ku makasete.
Ubutumwa ntabwo ari ibanga kuri njye. Yesu Kristo ari uko yari ejo hahise, uyu munsi ndetse n’iteka. Ijuru ryose, n’isi, byose byitwa YESU. Yesu ni Ijambo.
Kandi iryo Zina riri mw’Ijambo kuko We ni Ijambo. Amen! Ubwo none We ni iki? Ijambo risobanuwe ni ukugaragazwa kw’Izina ry’Imana.
Imana kunga hamwe Umugeni wayo n’Ijwi Ryayo, Iryo ryafashwe kuri kasete maze rirahunikwa kubw’uyu munsi, bityo kugira ngo Ishoborore kunga hamwe Umugeni Wayo nk’Itsinda Rimwe. Umugeni azaribona, kandi azamenya ko ari yo NZIRA YONYINE Imana yashyizeho yo guhuriza hamwe Umugeni Wayo.
Yarabikoze hashize imyaka irenga 60, kugira ngo atwereke uko yari agiye kubikora muri iyi minsi turimo. Turi rimwe mu matorero ye ku mirongo y’itumanaho ‘
Niba ntizera mu byo kujya ku rusengero, kubera iki mfite insengero? Turazifite aho hose mu gihugu,twahuriye ku murongo undi mugoroba, kuri buri birometero kare maganatatu mpafite rumwe mu nsegero zanjye.
Ababwiriza benshi babwira amatorero yabo ngo: ‘Kuba “ku mirongo y’itumanaho” cyangwa “kumva ubutumwa bumwe icyarimwe”,, ibyo ntabwo ari ukujya mu rusengero.’YAVUZE KO ARI UKUJYAYO! Abavuga gutyo, ni uko batazi Ijambo, cyangwa ntibashobora gusoma Ibaruwa y’urukundo nk’uko Umugeni abikora.
Urusengero ni iki? Reka turebe gusa uko Mwene Data Branham icyo yavuze ko ruricyo.
Insengero nyinshi zifite ibyo bikoresho, mwari mufite mwese hano, uhereye ku rusengero. No muri Phoenix bafite iryo tumanaho; kugira ngo aho amateraniro abera hose, kugira ngo Ubutumwa buhite busakazwa kugeza… kandi abantu bateranira mu nsengero, no mu ngo n’ahantu nkaho, mu buryo bwiza cyane bw’itumanaho.
Mwene Data Branham avuga neza ko abantu bari mu “ngo zabo” hamwe n’“ahandi nkaho” bari rimwe mu matorero ye bari bahurijwe ku mirongo y’itumanaho.
Kubw’ibyo, ingo, sitasiyo za lisansi, inyubako, mu miryango iteraniye hamwe kumirongo ye y’itumanaho yabigize amatorero.
Reka twongere dusome bike mu IBARUWA Y’URUKUNDO.
Turasengera insengero zose n’amateraniro ateranye, ahantu hose impande y’indangururamajwi ntoya, kuva muri iyi Leta kugera ku Gice cy’Uburengerazuba, aho mu misozi y’Arizona, mu bibaya bya Texas, kugera ku Gice cy’Iburasirazuba, mu gihugu hose, Mwami, aho bateraniye. Dufite amasaha atandukanye nk’uko turi mu gihe, ariko Mwami, duteranye uyu mugoroba nk’abantu bunze ubumwe, nk’abizera bategereje kuza kwa Mesiya.
Kubwo kuba rero turi ku Mirongo y’Itumanaho, twumve Mwene Data Branham BOSE KU ISAHA IMWE; abo turi kumwe nk’itsinda rimwe, abizera, bategereje Kuza kwa Mesiya.
Ariko muravuga ngo ‘Nimuramuka mubikoze gutyo uyu munsi, ibyo ntabwo ari ukujya mu rusengero, ni amakosa, ntabwo ibyo ari uguteranira hamwe, cyane cyane ko tugomba kurushaho kubikora uko tubona wa munsi wegera,’ ese ibyo ntabwo ari ukujya ku rusengero?
Reka nkubaze ikibazo, kandi usubize itorero ryawe. Iyo Mwene Data Branham ajya kuba yari hano uyu munsi, mu mubiri, ese mwajyaga gukurikira ubutumwa hamwe cyangwa kuba ku mirongo y’itumanaho kugira ngo umwumve buri Kucyumweru mu gitondo, twese hamwe ku isaha imwe hamwe n’Umugeni wo ku isi yose, ba pasteri, ese mwashoboraga KUJYA KU MIRONGO Y’ITUMANAHO maze mukumva Mwene Data Branham cyangwa mwajyaga kubwiriza?
Mwene Data Branham avuga mu buryo bweruye ko inshingano zanyu ari itorero ryanyu. Iyo mujya kuba mwari hano mu myaka 60 ishize kandi Mwene Data Branham akaba yarimo agira amateraniro, ariko itorero ryanyu rikaba ritaribuyakurikire kuko bafite ayabo materaniro (aricyo ababwiriza benshi bakoze hariya kera), ese wajyaga kujya “mu itorero ryawe”, cyangwa wajyaga kujya kuri “Branham Tabernacle” kugira ngo wumve Mwene Data branham?.
Ndaguha igisubizo cyanjye. Najyaga kuba mpagaze ku muryango mu mvura, mu rubura cyangwa mu gihuhusi kugira ngo ninjire mu Ngando numve umuhanuzi w’Imana. Iyo MBA jya kuri iryo torero rindi, najyaga guhindura amatorero uwo mugoroba.
Ariko uriya mugore, ntiyari azi niba imbaraga zari muri iyo nkoni cyangwa zitari muri yo, ariko yari azi neza ko Imana yari muri Eliya. Aho ni ho Imana yari iri — mu muhanuzi wayo. Yaravuze ngo ‘Ndahiye Uwiteka n’ubugingo bwawe, ntabwo ndibugusige.”
Ndagutumiye kwifatanya natwe kugira ngo ube rimwe mu matorero ya Mwene Data Branham ku mirongo y’itumanaho kuri iki Cyumweru saa sita z’amanywa (12:00 PM), ku isaha y’I Jeffersonville, igihe tuza kuba turi kumva Ijwi ry’Imana rituzanira Ubutumwa “Ahantu Hamwe Rukumbi Imana Yagennye Ho Kuramirizwa 65-1128M.
Uyu munsi, aya Magambo Imana yavuze binyuze muri Marayika Wayo wa Karindwi Intumwa aracyasohozwa muri TWE, UMUGENI WA YESU KRISTO.
Niba ntizera ko bikwiye kujya ku rusengero, kubera iki mfite insengero? Twari tuzifite aho hose mu gihugu,ziri duhurijwe ku mu rongo wa telefone urya mugoroba, kuri buri birometero kare maganatatu mpafite rumwe mu nsegero zanjye.
Bari mu nsengero, mu ngo, mu nyubako nto, ndetse no kuri za station za essance; bakwirakwiye hirya no hino muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, bakurikira, bose ku isaha imwe Ijambo ryabaga ririmo gutambuka.
Kandi uyu munsi, turacyari RIMWE MU MATOREROYE. We ARACYARI PASTERI WACU. Ijambo Rye N’UBU NTA BUSOBANURO RIKENEYE, kandi twe DUKOMEJE guteranira hamwe hirya no hino mu isi, DUHUJWE N’IMIRONGO Y’ITUMANAHO, twumva IJWI RY’Imana ritunganya Umugeni wa Yesu Kristo.
Reka tujye hamwe Kucyumweru I saa Sita z’amanywa, ku isaha y’I Jeffersonville, kugira ngo twumve 65-1127B – Kugerageza Gukora Umurimo Kandi Ataribwo Bushake Bw’Imana