Gutekereza, ayo Magambo amwe twumva iyo Dukanzeho Bikavuga ni Ijwi ry’Imana rituvugisha muri ako kanya. Data yemeye ko bifatwa amajwi maze arabihunika kugira ngo dushobore Gukandaho Bikavuga buri segonda rya buri munsi; bityo dushobora kumwumva adutera umwete, aduha umugisha, adusiga, maze agata kure ubwoba bwacu bwose no gushidikanya, ibyo byose binyuze mu Gukandaho Bikavuga.
Icyo dukeneye gusa kugeza ubu, ni Gukandaho Bikavuga, kandi ngaha aho biri. Ari hano kugira ngo atwibutse y’uko TWE TURI IJAMBO. Ari kumwe natwe, Aratuzengurutse, ARI MURI TWE. Satani ni umwirirazi. Yaratsinzwe. Nta kintu na kimwe cyadukuraho iryo Jambo. Imana yarariduhaye binyuze mu kumenya mbere Kwayo, yari iziko turi Umugeni Wayo. Twarikumwe na Yo guhera mu itangiriro.
Ni irihe Jwi twashobora kumva rikaba ryaruta Ijwi ryonyine ryahamirijwe n’Inkingi y’Umuriro kuba ariryo Jwi ry’Imana?
Nta rindi jwi.
Ni iki iryo Jwi ryatubwiye mu cyumweru gishize?
Igihe cyose mba mbasaba, kandi ibyo ni nka mwene Data na Mushiki wacu. Muri abana banjye; Njye–Ndi so mu Butumwa Bwiza, atari so kuko bimeze ku bapadiri, Njye–Ndi so mu Butumwa bwiza nkuko Pawulo yabivuze hariya. Nabyariye Kristo, kandi ubu, Njye–Nabashyingiye Kristo; nabarambagirije Kristo nk’umwari utanduye. Ntimukankoze isoni! Ntimukankoze isoni! Mugume muri umwari utanduye.
Tugomba kuguma turi abari batanduye ku Ijambo, iryo Jwi. Kuri twe, hari INZIRA IMWE gusa tubasha kumenya ko turi kubikora: GUKANDAHO BIKAVUGA.
Wibuke ibi n’umutima wawe wose: Ugumane n’iryo Jambo! Ntukigere ureka iryo Jambo! Ikintu icyo aricyo cyose gihabanye naryo, ucyihorere, icyo cyaba kiri cyose. Noneho umenya ko bikwiriye.
Nsobanukiwe neza impamvu numvwa nabi kandi bamwe bagatekereza ko rwanya abakozi b’Imana bose; ko nizera ko nta n’umwe ukwiriye kubwiriza. “Nuramuka wumvise undi mubwiriza utari Branham, uzaba utira Umugeni.” Nkuko nabibabwiye inshuro nyinshi, ntabwo nigeze mvuga ibyo cyangwa ngo nizere nk’ibyo.
Umuhanuzi yabisobanuye neza kucyumweru gishize neza uko mbyumva n’uko nizera.
Hari nk’amatorero atatu y’Ubutumwa muri aka gace ka Jeffersonville mu gihe Mwene Data Branham yari hano. Mu materaniro yo Kucyumweru, yaravuze ngo abapasteri bo mu karere ntabwo bari bahari mu materaniro ya nimugoroba. Bari bagize ayabo materaniro ya nimugoroba. Kubw’ibyo, ntabwo bari biyumvishemo kuza kumva Mwene Data Branham kubw’amateraniro ya nimugoroba, ahubwo bahitamo gukora amateranio mu matorero yabo. Icyo cyari icyemezo cyabo, kandi nicyo bari bayobowe gukora, kandi Mwene Data Branham arabyemera.
Uyu munsi haricyari insengero nyinshi mu gace ka Jeffersonville. Nabo bagomba gukora nkuko bumva bayobowe n’Umwami gukora. Niba bumva batayobowe gucuranga amakasete, icyubahiro kibe icy’Uwiteka, barimo barakora icyo bumva bayobowe gukora, kandi icyo nicyo bakwiriye gukora. Bakomeza kuba bene Data na bashiki bacu kandi bakunda ubu Butumwa. Ariko tugomba gukora icyo twumva tuyobowe gukora: Gukandaho Bikavuga. Turashaka kumva umuhanuzi.
Nkuko Mwene Data Branham yabikoze ku itariki 30 kanama 1964, ndabatumira ngo muzaze kwifatanya natwe I saa sita z’amanywa, ku isaha y’I Jeffersonville, ubwo twongera kumva indi nshuro Ubutumwa umuhanuzi atuzaniye: 64-0830M Ibibazo n’ibisubizo #3.
Dutegereje, umwanya uwo ari wose, ko abo basinziriye mu mukungugu wisi babanza gukanguka. Muri ako kanya, tuzahita tubabona; ba papa, ba mama, abagabo, abagore, abavandimwe na bashiki bacu. Bari aho, bahagaze imbere yacu. Tuzamenya muri ako kanya, ko twahageze, igihe kirageze. Kwizera kwizamurwa kuzuzura ubugingo bwacu, ubwenge n’umubiri. Noneho iyi mibiri ipfa izambara kudapfa mu buntu bw’izamurwa mu Mwami.
Kandi hanyuma tuzatangira guhurira hamwe. Twebwe abakiriho ndetse dusigaye tuzahindurwa. Iyi mibiri ipfa ntizongera kubona urupfu. Mu buryo butunguranye, hazaba nko guhuha guciyeho… tuzahindurwa. Kuva kuba umusaza ukaba umusore, kuva kuba umukecuru ugahinduka umukobwa ukiri muto.
We ni Ijambo ryambaye umubiri, atari Ijambo ryo mu minsi ya Mose, Mose cyari icyo gihe, Ijambo, atari Ijambo ryo mu gihe cya Nowa, Nowa yari Ijambo ry’icyo gihe, ntabwo ari icyo gihe… Ijambo ryo mu minsi ya Eliya, Eliya yari Ijambo ryo muri icyo gihe; ariko We ni Ijambo ryo mu ndagihe(uyu munsi), kandi bagendaga babaho nyuma.
Ese uriteguye?…. Ngibi biraje. Ni inkubwe ebyiri ndetse biraremereye, kandi turabikunda cyane!!
Icyo kintu kimwe cyongeye kwisubiramo! Icyo ni igihamya cy’Umwuka Wera, igihe Imana ibiguhishuriye kandi ukabibona, UKU NIKO UWITEKA AVUZE maze ukabyemera. Atari icyo uricyo, icyo waricyo, cyangwa icyo aricyo cyose kuri byo, ni icyo Imana yakoze kubwawe ubu. Ngicyo igihamya.
Halleluya, Yatewe imisumari. NONEHO reka tumwumve Aduhamiriza.
Yaduhaye ibimenyetso by’Umwuka Wera, Yahona 14. Yaravuze ngo,”Mfite byinshi byo kubabwira. Ntabwo Nabonye umwanya wo kubikora, ariko igihe Umwuka Wera azaza, Azabibabwira, Azabibutsa ibyo nababwiye, kandi Azaberaka n’ibyenda kubaho.” Ese ntimuri kubibona? Ngaho aho ibimenyetso biri. Uko ni ukuvuga mbere no kubaho… kubwo kugira ubusobanuro bwa Kimana bw’Ijambo ryanditse. Ubu se, si cyo kimenyetso cy’umuhanuzi?
Umwuka Wera ni umuhanuzi wa buri gisekuru. Ni umuhanuzi w’igisekuru cyacu. Ijambo riza GUSA kuri uwo muhanuzi. Ni Imana irimo kuvuga no kwihishura Ubwayo binyuze mu muhanuzi Wayo. We ni Ijambo ry’umunsi. Ubu Butumwa, BURI KURI KASETE, ni ubusobanuro butunganye bw’Ijambo, hamwe no guhamirizwa kwa Kimana.
“Igihe igitunganye kizaza, ikituzuye kizakurwaho.” Utwo tuntu duto two kwitera hejuru no hasi nk’abana, tugerageza kuvuga mu ndimi, ndetse n’ibyo bintu bindi byose, igihe icyo gitunganye… Kandi turagifite uyu munsi, binyuze mu gufashwa n’Imana, ubusobanuro butunganye bw’Ijambo hamwe no guhamirizwa kwa Kimana! Noneho ibyo bituzuye bigomba gukurwaho. “Igihe nari umwana, navugaga nk’umwana; ariko igihe mpindutse mukuru, ndekura ibyo bintu by’ubwana.” Amen!
Icyo gitunganye cyaraje; ubusobanuro butunganye bw’Ijambo. KANDA BIVUGE. Icyo nicyo gusa Umugeni We akeneye, kandi ni ibyo gusa Ashaka.
Ngwino hamwe natwe maze dufatanye Gukandaho Bikavuga kuri iki Cyumweru I Sasita z’amanywa, ku isaha y’I Jeffersonville, maze twumve IJAMBO RITUNGANYE, HAMWE N’UBUSOBANURO BUTUNGANYE, HAMWE NO GUHAMIRIZA KWA KIMANA mu gihe twumva:
Nta guteranira hamwe kunini, nta gusigwa gukomeye, ntahantu heza ho kuba byaruta kwicara hamwe Ahantu ho mu ijuru, twumva Ijwi ry’Imana.
Ndagutumiye kuza kumva Ijwi ryemejwe n’Imana hamwe natwe kuri iki cyumweru saa 12h00 z’amanywa, isaha y’i Jeffersonville, ubwo Yongera kutuvugisha indi nshuro Abinyujije mu ntumwa malayika Wayo, maze agasubiza ibibazo byose dufite ku mitima yacu, akaduhamiriza ko turi Umugeni We.
Bro. Joseph Branham
Ubutumwa bwo ku cyumweru: Ibibazo nibisubizo # 1 64-0823M
Ubu nicyo gihe. Ibi nibyo Byokurya. Turi ubwoko. Dufite Guhishurirwa.
Abandi bashobora kutamenya akamaro k’Umurimo w’Amakasete. Twe si uko. Ni ubuzima bwacu; ni buri kintu cyose kuri twe. Biruta ubuzima kuri twe. Igihe dufite ikibazo ku kintu runaka, ntabwo tujya kureba umuntu runaka kugira ngo abidusobanurire, cyangwa ngo abidushakire. Dukora neza neza nk’uko marayika w’Imana yadutegetse gukora igihe tugize icyo tunanirwa gusobanukirwa cyangwa dufite ikibazo.
Ese murabibona? Niba unaniwe, ongera ugaruke kuri iyi kasete. Ntabwo nzi niba muzamara nayo igihe kingana iki. Mwibuke, uku ni Ukuri, k’UKU NIKO UWITEKA AVUZE. Ni Ukuri. Ni Ibyanditswe.
Niba unaniwe, garuka kuri kasete.
Ntukaturakarire, uku niko YAVUZE…BYONGEYE KANDI, uku ni UKURI K’UKU NIKO UWITEKA AVUZE. Ntabwo yavuze ngo igice cya Ryo, bimwe muri Ryo, cyangwa igihe umuntu runaka arimo asobanura ibiri Jambo risizwe n’ibitariryo. AMAKASETE NI UKU NIKO UWITEKA AVUZE.
Ushobora kutabishyikira cyangwa kutabyumva, cyangwa ukaba utarabisobanukirwa. Ariko kuri twe, iki nicyo WE atubwira binyuriye mu muhanuzi Wayo.
Uko niko Imana, Kristo, irimo ikorera Itorero. Murabona? Irimo irarimenera amabanga, amabanga gusa. Atari aba basambanyi; ndavuga Umugore Wayo.
Kandi turimo turabyakira byose. Oh mbega uburyo Umugeni yishimye kandi asazwe n’umunezero aha mbere y’ubukwe. Biragoye kuba twaguma duhagaze dutuje. Turimo kubara iminota… amasegonda. Akomeza kutubwira inshuro nyinshi ko Adukunda.
Satani akomeje kudutera kuruta uko yigeze kubikora mbere, ariko icyo atari yiteze, ni uko twamaze KUMENYA abo turibo. Nta kongera gushidikanya ukundi, TURI IJAMBO RIVUZWE. Dushoboye kandi turabikora kuvuga Ijambo. Dufite igisubizo cyo guha Satani. Imana yarigaragaje Ubwayo. Imana yarihamirije Ubwayo. Turi Ijambo Ryayo rizima kandi tuvuga dukoresheje ububasha Yaduhaye.
kandi Nguyu hano uyu munsi, mu Ijambo Rye, agaragaza cya kintu kimwe Yakoze hariya. Umugeni nta wundi mutwe yakwemera. Oya, mugabo. Nta musenyeri, nta n’undi. Yemera Umutwe umwe, uwo ni Kristo, kandi Kristo ni Ijambo. Oh, mbega! Whew! Ibyo ndabikunda. Oh! Yego, mugabo.
Turi ab’Ubwami, kandi ubwo Bwami ni Ijambo ry’Imana rihindutse Umwuka n’Ubugingo mu buzima bwacu bwite. Kubw’ibyo, turi Ijambo Rye rizima.
Ibi nyakuri birabisobanuye BYOSE nshuti zanjye, NIBA MUFITE GUHISHURIRWA K’UKURI KO KUBYAKIRA NO KUBYIZERA.
Mwitegereze noneho, twunze ubumwe munsi y’Umutwe umwe, mu buryo bumwe, nk’urugero rwa Isiraheri ya Kera. Noneho murimo kubibona? Kimwe na Isiraheri ya kera; Imana Imwe, igaragajwe n’Inkingi y’Umuriro, kandi ikihishura Ubwayo binyuze mu muhanuzi, kubwo kuba Ijambo. Iyo Mana imwe, Inkingi y’Umuriro imwe, inzira imwe; ntabwo Ishobora guhindura inzira Yayo. Ni ibyo… Biratunganye mu buryo bwose bushoboka.
Umuhanuzi… Reka ibyo byinjire. Imana imwe, igaragajwe n’Inkingi y’Umuriro, binyuze mu muhanuzi, kubwo kuba Ijambo ry’icyo gihe, kandi Ikaba idahinduka.
Nashobora gukomeza kandi ngakomeza, ndetse twashobora kwishima kandi tugasabanira ku mirongo nyuma y’indi mirongo; kandi turaza kubikora, duturutse hirya no hino ku isi kuri iki Cyumweru I saa sita z’amanywa, ku isaha y’I Jeffersonville, mu gihe twumva: Kristo Ni We Bwiru bw’Imana Buhishuwe 63-0728
Bro. Joseph Branham
Ibyanditswe byo gusoma mbere y’amateraniro:
St. Matthew 16:15-17
15.Arababaza ati “Ariko mwebwe ubwanyu mugira ngo ndi nde?”
16.Simoni Petero aramusubiza ati “Uri Kristo, Umwana w’Imana ihoraho.”
17.Yesu aramusubiza ati “Urahirwa Simoni wa Yona, kuko umubiri n’amaraso atari byo byabiguhishuriye, ahubwo ni Data wo mu ijuru.
St. Luke 24th Chapter
1.Ku wa mbere w’iminsi irindwi, kare mu museke bajya ku gituro bajyanye bya bihumura neza batunganije.
2.Babona igitare kibirinduye kivuye ku gituro,
3.binjiramo ntibasangamo intumbi y’Umwami Yesu.
4.Bakiguye mu kantu, abagabo babiri bahagarara aho bari bambaye imyenda irabagirana.
5.Abagore baratinya bubika amaso, nuko abo bagabo barababaza bati “Ni iki gitumye mushakira umuzima mu bapfuye?
6.Ntari hano ahubwo yazutse. Mwibuke ibyo yavuganye namwe akiri i Galilaya ati
7.‘Umwana w’umuntu akwiriye kugambanirwa ngo afatwe n’amaboko y’abanyabyaha, abambwe maze azazuke ku munsi wa gatatu.’ ”
44.Maze arababwira ati “Aya ni amagambo nababwiraga nkiri kumwe namwe, yuko ibyanditswe kuri jye byose mu mategeko ya Mose, no mu byahanuwe no muri Zaburi bikwiriye gusohora.”
13.Ni we namwe mwiringiye mumaze kumva ijambo ry’ukuri, ari ryo butumwa bwiza bw’agakiza kanyu, kandi mumaze kwizera ni we wabashyizeho ikimenyetso, ari cyo Mwuka Wera mwasezeranijwe,
14.uwo twahawe ho ingwate yo kuzaragwa wa murage kugeza ubwo abo Imana yaronse izabacungura. Ubwiza bwayo bushimwe.
12.mushima Data wa twese waduhaye kuraganwa n’abera umurage wo mu mucyo.
13.Ni we wadukijije ubutware bw’umwijima, akadukuramo akatujyana mu bwami bw’Umwana we akunda.
14.Ni we waducunguje amaraso ye ngo tubone kubabarirwa ibyaha byacu.
15.Ni na we shusho y’Imana itaboneka, ni we mfura mu byaremwe byose,
16.kuko muri we ari mo byose byaremewe, ari ibyo mu ijuru cyangwa ibyo mu isi, ibiboneka n’ibitaboneka, intebe z’ubwami n’ubwami bwose, n’ubutware bwose n’ubushobozi bwose. Ni we wabiremye byose kandi rero ni na we byaremewe.
17.Yabanjirije byose kandi byose bibeshwaho na we.
18.Ni we Mutwe w’umubiri, ni we Torero kandi ni we Tangiriro, ni imfura yo kuzuka mu bapfuye kugira ngo abe uwa mbere uhebuje byose,
19.kuko Imana yashimye ko kuzura kwayo kose kuba muri we.
20.Kandi imaze kuzanisha amahoro amaraso yo ku musaraba we imwiyungisha n’ibintu byose, ari ibyo ku isi cyangwa ibyo mu ijuru.
21.Namwe abari baratandukanijwe n’Imana kera, mukaba mwari abanzi bayo mu mitima yanyu no ku bw’imirimo mibi,
23.niba muguma mu byo twizera mwubatswe neza ku rufatiro, mutanyeganyega kandi mutimurwa ngo muvanwe mu byiringiro biheshwa n’ubutumwa mwumvise, bwabwirijwe mu baremwe bose bari munsi y’ijuru, ari bwo jyewe Pawulo nahindukiye umubwiriza wabwo.
24.None nishimiye amakuba yanjye yo ku bwanyu, kandi ibyasigaye ku byo Kristo yababajwe mbishohoje ubwanjye mu mubiri wanjye ku bw’umubiri we ari wo Torero,
Nari mbizi ko igihe munyumvise Mvuga, nkoresheje ijwi rya marayika Wanjye, mushobora kumenya imbere mundiba z’umutima, y’uko atari we, ko ari Njye Warimo uvugana namwe. Ko ari Njye Warimo uboherereza urwandiko rw’urukundo, narabatoranije kugira ngo mube Umugeni Wanjye mukundwa.
Mu maso yanjye, nta muntu umeze nkawe. Nta n’umuntu wafata umwanya wawe.Wakomeje kuba umwizerwa kuri Njye. Igihe ndebye kuri wowe, Umutima Wanjye wuzura umunezero
Mugihe nakubwiye nti, mukundwa itondere cyane, ibyo utega amatwi, hari abasigwa benshi bazaza bakoresha Amagambo Yanjye, ariko ni abanyabinyoma. Wasobanukiwe umuburo Wanjye binyuze mu Guhishurirwa kandi ukomeza kuba umwizerwa ku Ijwi Ryanjye
Ndetse nanakubwiye ko ugomba kwitondera cyane pasteri wawe uwo ariwe. Noneho washobora kwibaza ukuntu umutima Wanjye wasabwe n’umunezero igihe nabonye ugumanye n’umupasiteri nohereje kugira ngo akuzane kuri Njye. Wamenye ko ari Umwuka Wera uba mu muhanuzi Wanjye kugira ngo akuyobore kuri Njye.
Ndibuka umunsi wari wishimye cyane, ndetse unezerewe cyane, igihe nazamuye marayika Wanjye ahirengeye kugira ngo Mwereke imbanziriza yanyu. Twari duhagaze aho turimo tubitegereza murimo mutambuka mu karasisi k’injyana ya Mukomeze imbere Ngabo za Kristo muri aho imbere yacu
Yakunze uburyo mwese mwari mwambaye imyambaro ya buri gihugu mwaje muturukamo; nko mu Busuwisi, Ubudage, ndetse no guturuka aho hantu hose ku isi. Buri umwe wese yari afite umusatsi muremure utunganijwe neza. Amajipo yanyu yaramanutse kugera hasi. Narishimye cyangwa kandi nshimishwa no kubamwereka mwese, rero yashoboraga kugaruka kandi akabatera umwete nuko akababwira ko yababonye Hariya.
Buri jisho ryari kuri Twe. ighe abakobwa bake, bari aho inyuma mu murongo, batangiye kureba hirya no hino, yarasakuje cyane, “Ntubikore! Ntuve mu murongo!”
Igihe nakubwiye ko ndimo guhunika Ibyokurya byo uzarya, wamenye neza icyo narimo mvuga. Washakaga kuba Umwari Mugeni Jambo. Sinigeze narimwe ngufata na rimwe uri mu gakungu n’undi uwo ari wese. Igihe cyose yari Njye, Ijambo Ryanjye. Ibyo byanteye kwishima cyane.
Ku basigaye bo muri mwe, MWIHANE, isi irimo iranyeganyega. Umunsi umwe Los Angeles izaba iri aho ku ndiba y’inyanja, nkuko nababwiye ko ari uko bizaba biri. Umujinya wanjye urimo uratogotera munsi yayo. Ntabwo nzakomeza gufata uriya mucanga igihe kirekire. Uzanyerera mu nyanja ku bujyakuzimu bw’ikirometero n’igice kirenga, ugende ugere mu nyanja ya Salton. Bizaba bibi cyane kurusha iminsi ya Pompeii.
Ngiye kweza iy’isi n’umuriro vuba aha. Nzica buri kintu cyose kuri yo ndetse no munsi yayo. Murabona ibirimo kuba hirya no hino ku isi, neza neza nkuko nababwiye. Murabona Umugeni Wanjye arimo yiyunga ku Ijambo Ryanjye, neza neza nkuko nababwiye.
Noneho ubu nicyo gihe. Ubu niwo mwanya. Itegure!
Isaha y’umujinya Wayo iri ku isi. Muhunge mu gihe hari igihe cyo guhunga, kandi muze kuri Kristo.
Mutumiwe kuza kwifatanya natwe, igice cy’Umugeni We, mugihe twitegura kubwo Kuza Kwe, mugihe twumva Ijwi ry’Imana rivugana natwe maze rikatuzanira Ubutumwa. Gutoranywa k’Umugeni 65-0429E kuri iki Cyumweru I Saa Sita z’Amanywa, ku isaha y’I Jeffersonville.
Ari Kuvugana natwe, ICYUBAHIRO KIBE ICYAYO, twe torero rye. Ntabwo ari wowe uvuga ngo, “Mwene data Branham ni umuhanuzi, ariko ntabwo ari pasteri wanjye. Pasiteri wacu avuga ko gucuranga kaseti mu rusengero bidakurikije Ijambo ry’uyu munsi. ” “Pasiteri wacu atubwira ko tugomba kumwumva. Dukurikije Ijambo, ubu ari kutuyoboresha Umwuka Wera. ”
Umuhanuzi aravugana nawe hamwe na pasiteri wawe.
Ku babwiriza abo ari bo bose aho ariho hose, igihe icyo ari cyo cyose, ibi ntabwo bigamije gutesha agaciro inyigisho zawe, ibi ntibireba n’intama zawe.
Ntabwo dushaka kugirana impaka namwe bene data na bashiki bacu. Dusobanukiwe ko, ibi ntabwo ari mwe bigenewe, ahubwo ni twe, twemera ko Umwuka Wera yashyize intumwa Yayo marayika wa karindwi kutubera pasteri kandi akatuyobora, Itorero Rye. Twizera ko gucuranga kaseti ariyo NZIRA Y’UKURI YONYINE. Muratunganye kandi muri gukora ibyo umuhanuzi yababwiye gukora:
Kandi buri gihe niko mbibabwira , iyo ari abayoboke b’itorero runaka, nti “Urebe pasteri wawe.”
Ugomba gukora nkuko pasiteri wawe abivuga.
Noneho umuhanuzi abwira indi nshuro pasiteri wawe, kugirango abe ahamirijwe ko asobanukiwe.
Noneho, pasiteri, ndashaka ko umenya ko, ko, ibi ari itorero ryanjye gusa ndimo mbwira ibi bintu. Kandi mfite uburenganzira bwo gukor ibyo, kubera ko nashyizweho n’Umwuka Wera kurinda izi ntama.
Dufite akayunguruzo kamwe, UBU BUTUMWA. Ibintu byose twumva bigomba kunyura muri ako kayunguruzo. Ijwi twumva ku makaseti niryo ijwi ryonyine dufitemo ibyiringiro 100% ryo kuba ari uku niko Uwiteka avuze.
Wizera ko gusigwa kuri kurabo bantu ari ugusigwa k’Umwuka Wera? ” Nibyo, mugabo, Umwuka Wera w’Imana w’ukuri uri ku muntu, kandi nyamara ari mu binyoma.
Mukundwa Mugeni wa Kristo, reka tujye hamwe kuri iki Cyumweru I Saa Sita z’amanywa, Ku isaha y’I Jeffersonville, kugira ngo twumve: 65-0718M – Kugerageza Gukorera Imana Umurimo Bitari Ubushake Bwayo