Ndaza vuba kandi mbajyane Ahantu hataba urupfu, nta gahinda, nta shyari, nta na kimwe; ni ugutungana gusa, urukundo rutunganye.
Kugeza icyo gihe, ntukibagirwe na rimwe, Naguhaye Ijambo Ryanjye, mwe MURI IJAMBO RYANJYE ryambaye umubiri. Niba hari IKINTU mukeneye, mukivuge, hanyuma mukizere; ni umurage wanyu.
Ngiye kuboherereza Ijwi Ryanjye indi nshuro kuri iki Cyumweru nongere Kubibasobanurira byose. Ngiye kongera kubabwira abo muribo, aho mugiye, n’uburyo bimeze hakurya hariya, ubungubu.
Ngwino wiyunge n’Umugeni Wanjye mu gihe Mbicaza hamwe ahantu ho mu ijuru kuri iki Cyumweru I Saa Sita z’amanywa, I Jeffersonville, kandi Munyumve Mbashyira mu mwanya binyuze mu Ijambo Ryanjye. 60-0522E Kugirwa Abana#4
Igihe Dukanzeho Bikavuga, ni ubuki mu rutare, ni umunezero utavugwa, ni ibyiringiro by’umugisha, ni igitsika mu bugingo bwacu, ni ibyiringiro byacu n’ubuturo, ni Igitare cy’Ibisekuru, ni buri kintu cyiza cyose, ni Inzira y’Imana yateguye kubw’uyu munsi.
Kubera ko Dukandaho Bikavuga, Ijwi ry’Imana ryaraturambagije; ridukwera Kristo, nk’Umwari Utunganye ku Ijambo Ryayo. Dufite Umurezi Umwe gusa, Ijwi Rimwe, umuhanuzi Umwe, ari we utuyoboresha Umwuka w’Imana.
Ariko uru ni urusengero, ndimo ndabigisha. Ibi biri gushyirwa ku makasete. Ndashaka ko abantu bazumva amakaseti bazibuka ko ibi bireba itorero ryanjye.
Mbega guhamirizwa ko turi mu Bushake Bwayo butunganye. Amakasete ni ay’urusengero rwe. We utwigisha. Akatubwira, kumva amakasete.
Yatangiye uru ruhererekana rwo Kugirwa Abana atubwira ibyabayeho mu minsi mike ya mbere y’aho. Hanyuma, kuri buri Butumwa, akavuga igihe yahinduriwe. Uburyo bigomba kuba ari ingenzi ku Mugeni kumva ibiri kubaho n’icyo Umugeni yamubwiye.
Umuhanuzi wacu azacirwa urubanza kubw’Ijambo yabwirije kandi akarisiga ku makasete. Umugeni ku rundi ruhande yamubwiye ko azemerwa mu Mwami wacu. Hanyuma Azatumurika imbere Ye nk’itsinzi y’umurimo we, hanyuma tuzasubira ku isi indi nshuro tubeho iteka.
Buri Jambo twumva ni izahabu. Dukomeza duhanagura twongera duhanagura mu gihe Aduhishurira ibiruseho mu gihe dusoma hagati y’imirongo.
Mbega uburyo dukunda kubisangira na bene Data na bashiki bacu, “Ese ibi warabyumvise?”
Yari yaradutoranyirije muri Yo mbere y’uko isi ishyirirwaho urufatiro”? Uwo ni wo Murage wacu. Imana yaradutoye, maze Yohereza Yesu kwishyura ikiguzi. Kubera iki? Yamennye Amaraso Ye, kugira ngo he kugira icyaha na gito kitubarwaho. Nta na gito mu byo ukora.
Hanyuma, aho ngaho nyuma y’ibyo, ese mwabashije gushyikira ibi?
– Uwera, Uwera, Uwera ni Uwiteka.“ Utumbiriye amaso i Kaluvari, kandi nta kizaguca intege! Uburyo ugenda, ubuzima bwawe, ugendera mu Nzira y’Umwami, usutsweho Amavuta y’igiciro, winjira Ahera cyane. Fyuuuuu! Amina.
Twari tumeze nka ya nkoni ya Aroni, icyo giti cyumye gishaje icyo yari yaragendanye imyaka mirongwine mu butayu. Ariko noneho, kubera ko twashyizwe aho Hantu Hera kubwo kumva Ijwi ry’Imana rivugana natwe ku makasete, twongeye kurabya tumera uburabyo, twuzuye Umwuka Wera, kandi turi Umugeni We urimo kurangurura hejuru cyane aho umwuka wagarukira mu bihaha byacu:
Uwera, Uwera, Uwera, ni Uwiteka, amakasete ni aya mbere mu mitima yacu.
Uwera, Uwera, Uwera, ni Uwiteka, Yaradutoranije mbere y’imfatiro z’isi.
Uwera, Uwera, Uwera, ni Uwiteka, turi Umugeni wa Yesu Kristo..
Uwera, Uwera, Uwera, ni Uwiteka, duhanze amaso yacu I Karuvari, kandi nta gihari gishobora kuduhagarika.
Nejejwe no guhuza umutima hamwe n’abantu benshi hano, bazi ko Ibi ari Ijambo ritaneshwa ry’Imana. Kandi ni Ryo Kuri, buri Jambo ni Ukuri, buri nyuguti, buri kadomo. Kandi, ku bw’ubuntu bw’Imana, nagize ubuntu bwo kubona Igihugu tuzajyamo igihe kimwe.
Ngwino wiyunge natwe Kucyumweru I Saa Sita z’Amanywa ku I saha y’I Jeffersonville, mu gihe umuhanuzi afata buri Jambo kandi agakomeza arihanagura. Azatujyana mu Itangiriro kandi arihanagure, arijyane aho mu Kuva kandi arihanagure indi nshuro, ndetse n’aho mu Byahishuwe; kandi kuri buri gace azaba ari Yesu!
Mwene Data Joseph Branham
Ubutumwa: Kugirwa Abana #3 60-0522M
Ibyanditswe :
Matayo 28:19
Nuko mugende muhindure abantu bo mu mahanga yose abigishwa, mubabatiza mu izina rya Data wa twese n’Umwana n’Umwuka Wera,
Yohana 17:7-19
Abo wampaye mu isi mbamenyesheje izina ryawe. Bari abawe urabampa, none dore bitondeye ijambo ryawe. None bamenye yuko ibyo wampaye byose byaturutse kuri wowe, kuko amagambo wampaye nayabahaye na bo bakayemera, bakamenya by’ukuri ko naturutse kuri wowe, bakizera kandi ko ari wowe wantumye. Ndabasabira. Sinsabira ab’isi, ahubwo ndasabira abo wampaye kuko ari abawe,
kandi ibyanjye byose ni ibyawe, n’ibyawe na byo ni ibyanjye kandi nubahirijwe muri bo.
Jye sinkiri mu isi ariko bo bari mu isi, naho jye ndaza kuri wowe. Data Wera, ubarindire mu izina ryawe wampaye, ngo babe umwe nk’uko natwe turi umwe.
Nkiri kumwe na bo, nabarindiraga mu izina ryawe wampaye. Narabarinze, muri bo nta muntu wabuze ngo arimbuke, keretse umwana wo kurimbuka ngo ibyanditswe bisohore.
Ariko none ndaza kuri wowe, kandi ibyo mbivuze nkiri mu isi, ngo bagire umunezero wanjye wuzure muri bo.
Ariko Sawuli akomeza gukangisha abigishwa b’Umwami ko bicwa, ajya ku mutambyi mukuru
amusaba inzandiko zo guha ab’amasinagogi y’i Damasiko, kugira ngo nabona abantu b’Inzira ya Yesu, abagabo cyangwa abagore, ababohe abajyane i Yerusalemu.
Akigenda yenda gusohora i Damasiko, umucyo uramutungura uvuye mu ijuru uramugota.
Agwa hasi yumva ijwi rimubaza riti “Sawuli, Sawuli, undenganiriza iki?”
Aramubaza ati “Uri nde, Mwami?” Na we ati “Ndi Yesu, uwo urenganya.
Ariko haguruka ujye mu mudugudu, uzabwirwa ibyo ukwiriye gukora.”
Ibyakozwe Igice cya 18
Hanyuma y’ibyo, Pawulo ava muri Atenayi ajya i Korinto.
Asangayo Umuyuda witwaga Akwila wavukiye i Ponto, wari uvanye muri Italiya vuba n’umugore we Purisikila, kuko Kilawudiyo yari yarategetse Abayuda bose kuva i Roma. Nuko ajya kubasura.
Kandi kuko basangira umwuga, abana na bo bakorana imirimo, kuko umwuga wabo wari uwo kuboha amahema.
Agira impaka mu isinagogi amasabato yose, yemeza Abayuda n’Abagiriki.
Maze Sila na Timoteyo baje bavuye i Makedoniya, Pawulo ahatwa n’ijambo ry’Imana, ahamiriza Abayuda yuko Yesu ari we Kristo.
Na bo bamugisha impaka batuka Yesu, akunkumura imyenda ye arababwira ati “Amaraso yanyu ababeho, jyeweho ntandiho. Uhereye none ngiye ku banyamahanga.”
Aherako avayo, yinjira mu nzu y’umuntu witwaga Titiyo Yusito wubahaga Imana, inzu ye yari ihereranye n’isinagogi.
Ariko Kirisipo, umutware w’isinagogi, yizerana Umwami Yesu n’abo mu rugo rwe bose, n’Abakorinto benshi bumvise Pawulo na bo barizera barabatizwa.
Maze Umwami Yesu abonekera Pawulo nijoro mu nzozi, aramubwira ati “Ntutinye, ahubwo uvuge we guceceka
kuko ndi kumwe nawe, kandi nta muntu uzagutera kukugirira nabi, kuko mfite abantu benshi muri uyu mudugudu.”
Nuko hanyuma y’ibyo Pawulo amarayo iyindi minsi myinshi, maze asezera kuri bene Data, atsukiraho arambuka ajya i Siriya, Purisikila na Akwila bajyana na we amaze kwiyogosheshereza i Kenkireya, kuko yari yarahize umuhigo.
Bagera muri Efeso ba bandi abasigayo. Nuko yinjira mu isinagogi ajya impaka n’Abayuda.
Ahubwo abasezeraho arababwira ati “Nzagaruka ubundi, Imana nibishaka.” Atsukira aho ava muri Efeso.
Arambuka afata i Kayisariya, arazamuka ajya i Yerusalemu aramutsa ab’Itorero, aramanuka ajya muri Antiyokiya.
Amarayo iminsi, bukeye aragenda anyura mu gihugu cy’i Galatiya n’i Furugiya, ajya mu midugudu uko ikurikirana, akomeza abigishwa bose.
Hariho Umuyuda witwaga Apolo wavukiye mu Alekizanderiya, bukeye agera muri Efeso. Yari umuntu w’intyoza w’umunyabwenge, kandi akaba n’umuhanga mu byanditswe.
Uwo yari yarigishijwe Inzira y’Umwami Yesu, yagiraga umwete mwinshi mu mutima, avuga ibya Yesu kandi abyigisha neza, ariko yari azi umubatizo wa Yohana gusa.
Yinjira mu isinagogi, amara amezi atatu avuga ashize amanga, ajya impaka na bo abemeza iby’ubwami bw’Imana.
Ariko bamwe binangiye imitima banga kwizera, batukira Inzira ya Yesu imbere y’abantu. Ava muri bo arobanura abigishwa, iminsi yose agira impaka mu nzu yo kwigishirizamo ya Turano.
Kandi Imana yakoreshaga amaboko ya Pawulo ibitangaza bikomeye.
Ndetse bashyiraga abarwayi ibitambaro n’imyenda bivuye ku mubiri we bagakira indwara zabo, abadayimoni bakabavamo.
Ariko inzererezi zimwe zo mu Bayuda na zo zirukanaga abadayimoni, zihimbira kuvugira izina ry’Umwami Yesu ku batewe n’abadayimoni ziti “Ndabategetse mu izina rya Yesu, uwo Pawulo avuga.”
Kandi benshi mu bakoraga iby’ubukonikoni bateranya ibitabo byabo by’ubukonikoni, babitwikira imbere ya rubanda rwose, babaze ibiciro byabyo babona yuko bugeze ku bice by’ifeza inzovu eshanu.
Uko ni ko ijambo ry’Umwami ryagwiriye cyane, kandi rikomeza kuganza.
Ibyo bishize, Pawulo agambirira mu mutima we kunyura i Makedoniya na Akaya ngo ajye i Yerusalemu, yibwira ati “Nimara kugerayo, nkwiriye kureba n’i Roma na ho.”
Atuma abamufashaga babiri, ari bo Timoteyo na Erasito kujya i Makedoniya, ubwe asigara mu Asiya amarayo indi minsi.
Icyo gihe habaho impagarara nyinshi zitewe n’Inzira ya Yesu.
Umuntu witwaga Demetiriyo, umucuzi w’ifeza, yacuraga mu ifeza ibishushanyo by’urusengero rwa Arutemi, akungukira abacuzi be byinshi.
Nuko abateraniriza hamwe n’abandi bakoraga uwo mwuga, arababwira ati “Mwa bagabo mwe, muzi yuko ubutunzi bwacu buva kuri uyu mwuga.
Murareba kandi murumva yuko atari muri Efeso honyine, ahubwo no mu Asiya hafi ya hose, Pawulo uwo yoheje abantu benshi akabahindura ati Imana zaremwe n’abantu si imana nyakuri.’
Nuko uretse ko umwuga wacu wajya mu kaga ugahinyurwa, n’urusengero rw’imanakazi ikomeye Arutemi na rwo rwahinyurwa, kandi iyo abo muri Asiya bose n’abari mu isi yose basenga yakurwaho icyubahiro cyayo gikomeye.”
Na bo babyumvise batyo bagira umujinya mwinshi, barasakuza bati “Arutemi y’Abefeso irakomeye!”
Maze umudugudu wose uravurungana, bose birukira icyarimwe bajya mu iteraniro ry’ibirori, bakurura Gayo na Arisitariko b’Abanyamakedoniya bagendanaga na Pawulo.
Nuko Abayuda batera Alekizanderi sentiri, bamukura mu bantu, ariko arabamama ashaka kwiregura ku bantu.
Bamenye ko ari Umuyuda bose basakuriza icyarimwe bamara nk’amasaha abiri bati “Arutemi y’Abefeso irakomeye!”
Aho bigeze umwanditsi w’umudugudu ahoza abantu arababwira ati “Bagabo bo muri Efeso, ni nde utazi yuko umudugudu w’Abefeso ari wo urinda urusengero rw’imanakazi ikomeye Arutemi, n’igishushanyo cyamanutse mu ijuru?
Nuko kuko ari nta wubasha guhakana ibyo, mukwiriye guhora ntimuhutireho kugira icyo mukora mutitonze,
kuko muzanye aba bantu batibye ibyo mu rusengero, kandi batatutse imanakazi yacu.
Nuko Demetiriyo n’abacuzi bari kumwe na we, niba bafite uwo barega, hariho iminsi yagenewe kuburanirwamo kandi n’abacamanza barahari baregane.
Ariko rero niba hari ikindi mushaka, kizategekerwa mu rukiko rusanzwe.
Erega ubu turi mu kaga ko kuregwa ubugome, kuko nta mpamvu y’iyi mivurungano ihari twakwireguza!”
Avuze ibyo asezerera iteraniro.
Abaroma 8:14-19
Abayoborwa n’Umwuka w’Imana bose ni bo bana b’Imana,
kuko mutahawe umwuka w’ububata ubasubiza mu bwoba, ahubwo mwahawe umwuka ubahindura abana b’Imana, udutakisha uti “Aba, Data!”
Umwuka w’Imana ubwe ahamanya n’umwuka wacu yuko turi abana b’Imana,
kandi ubwo turi abana bayo turi n’abaragwa, ndetse turi abaragwa b’Imana, turi abaraganwana Kristo niba tubabarana na we ngo duhanwe ubwiza na we.
Nk’uko umubiri ari umwe ukagira ingingo nyinshi, kandi nk’uko ingingo z’umubiri zose, nubwo ari nyinshi ari umubiri umwe, ni ko na Kristo ari,
kuko mu Mwuka umwe twese ari mo twabatirijwe kuba umubiri umwe, naho twaba Abayuda cyangwa Abagiriki, naho twaba imbata cyangwa ab’umudendezo. Kandi twese twujujwe Umwuka umwe.
Abagalatiya 1:8-18
Ariko nihagira ubabwiriza ubutumwa butari ubwo twababwirije, ari twe cyangwa ndetse marayika uvuye mu ijuru, avumwe.
Nk’uko twabanje kubivuga na none nongeye kubivuga nti “Niba umuntu ababwira ubutumwa budahura n’ubwo mwemeye mbere avumwe.”
Mbese noneho ni ishimwe ry’abantu nshaka, cyangwa ni iry’Imana? Cyangwa se ni abantu nshaka kunezeza? Iyaba nkinezeza abantu simba ndi imbata ya Kristo.
Bene Data, ndabamenyesha yuko ubutumwa bwiza navuze atari ubw’abantu
kuko nanjye ntabuhawe n’umuntu, kandi sinabwigishijwe n’umuntu, ahubwo ni Yesu Kristo wabumpishuriye.
Ni we namwe mwiringiye mumaze kumva ijambo ry’ukuri, ari ryo butumwa bwiza bw’agakiza kanyu, kandi mumaze kwizera ni we wabashyizeho ikimenyetso, ari cyo Mwuka Wera mwasezeranijwe,
uwo twahawe ho ingwate yo kuzaragwa wa murage kugeza ubwo abo Imana yaronse izabacungura. Ubwiza bwayo bushimwe.
Ni cyo gituma nanjye maze kumva uburyo mwizera Umwami Yesu mugakunda abera bose,
mbashimira Imana urudaca nkabasabira uko nsenze,
kugira ngo Imana y’Umwami wacu Yesu Kristo, ari yo Data wa twese w’icyubahiro, ibahe umwuka w’ubwenge no guhishurirwa bitume muyimenya,
Nizera ko, umwe muri iyi minsi y’igiciro, mu gihe iri shyirahamwe ry’impuzamadini rizajya hamwe, maze papa mushya agaturuka muri Leta z’Ubumwe z’Amerika maze agashyirwaho bikurikije ubuhanuzi, noneho bazakora ikimenyetso gisa n’inyamaswa
umuhanuzi w’Ijwi ry’Imana yabivuze ku itariki 19 z’Ukuboza mu 1954, kandi amezi 9 nyuma y’aho, Robert Prevost, uzwi uyu munsi nka Papa Leo XIV aravuka. Ubu ni papa mushya wa Roma. “Uku niko Uwiteka Avuze” gusohoye.
Italiki 7 Gicurasi mu 1946, Imana yashyize umuhanuzi Wayo muri Green’s Mill, Indiana, kugira ngo imuhe inshingano no gutangariza isi ngo, uyu ni marayika Wanjye wa karindwi Ukomeye intumwa, Ijwi Ryanjye ku isi. Mumwumve.
UBU TURI Abahungu n’Abakobwa b’Imana, bayobowe n’Umwuka w’Imana; atari umuntu, ahubwo Umwuka. Turabizi, nta gace ko gushidikanya, TURI UMUGENI WE. KWIZERA kwacu kurimo gufata ntera nshya buri munsi. Ntacyo kuduhagarika cyangwa ngo kidukereze, Imana yarabiduhishuriye kandi ibitsika mu mitima no mu bugingo bwacu.
Umugeni yamenye mu buryo bwuzuye abo turibo. Turi mu Gihugu cyacu cy’isezerano, aho dutunze ibintu byose. Dufite amahoro y’Ijuru, imigisha y’Ijuru, Umwuka w’Ijuru, IBINTU BYOSE NI IBYACU. Turimo turitegura kubw’icyo atubikiye kigomba gukurikiraho.
Impanda y’Uwiteka izavuga, kandi abapfiriye muri Kristo bazabanza bazuke.
Iyi mibiri yo mu ijuru izamanuka maze yambare iyi yo ku isi, imibiri ihawe ubwiza kandi izahindurwa mu kanya gato, mu kanya nk’ako guhumbya. Tuzazamurwa hamwe nabo, kujya guhura n’Umwami mu kirere.
Mbega umunsi, mbega igihe. Nta buryo buhari kuri njye kuba nabivugisha amagambo y’abantu icyo twese twiyumvamo mu bugingo bwacu. Imitima yacu irimo irasimbuka. Ntabwo turimo kubyigira, Umwuka Wera ni nk’isoko idudubiza irimo yitera hejuru imbere muri twe. Umugeni amaze igihe ategereje uyu mwanya guhera mu minsi y’Adamu… KANDI TWE TURI HANO UBU.
Muhawe ikaze. Turabatumira. Turabinginga. Muze mwiyunge hamwe kubw’ibihe bidasanzwe isi yaba yarigeze igira, mu gihe twumva Ijwi ry’Imana riduhishurira Ijambo Ryayo kuri iki Cyumweru I Saa Sita z’Amanywa. Ku isaha y’i Jeffersonville, mu gihe twumva : 60-0518 Kugirwa Abana #2
Mwene Data Joseph Branham
Ibyanditswe byo gusoma mbere y’Ubutumwa:
Itangiriro 1:26
Imana iravuga iti “Tureme umuntu agire ishusho yacu ase natwe, batware amafi yo mu nyanja, n’inyoni n’ibisiga byo mu kirere, n’amatungo n’isi yose, n’igikururuka hasi cyose.”
Abefeso Igice cya mbere
Pawulo wagizwe intumwa ya Kristo Yesu nk’uko Imana yabishatse, ndabandikiye mwebwe abera bari muri Efeso bizera Kristo Yesu,
ubuntu bube muri mwe n’amahoro biva ku Mana Data wa twese no ku Mwami Yesu Kristo.
Imana y’Umwami wacu Yesu Kristo, ari yo na Se ishimwe, kuko yaduhereye muri Kristo imigisha yose y’umwuka yo mu ijuru,
Ni we namwe mwiringiye mumaze kumva ijambo ry’ukuri, ari ryo butumwa bwiza bw’agakiza kanyu, kandi mumaze kwizera ni we wabashyizeho ikimenyetso, ari cyo Mwuka Wera mwasezeranijwe,
uwo twahawe ho ingwate yo kuzaragwa wa murage kugeza ubwo abo Imana yaronse izabacungura. Ubwiza bwayo bushimwe.
Ni cyo gituma nanjye maze kumva uburyo mwizera Umwami Yesu mugakunda abera bose,
mbashimira Imana urudaca nkabasabira uko nsenze,
kugira ngo Imana y’Umwami wacu Yesu Kristo, ari yo Data wa twese w’icyubahiro, ibahe umwuka w’ubwenge no guhishurirwa bitume muyimenya,
Bakundwa Mwe mwatoranijwe, ubu mwicaye hamwe ahantu ho mu Ijuru. Ntabwo ari hanze ahabonetse hose, ahubwo ni ahantu ho “mu Ijuru”; ni igihagararo cyanyu nk’abizera. Mwarasenze kandi mwiteguye Ubutumwa. Muteraniye hamwe ubwanyu nk’abera, mubatijwe n’Umwuka Wera, mwuzuye imigisha y’Imana. Mwarahamagawe, muratoranywa, kandi umwuka wanyu winjizwa mu bihe byiza byo mu Ijuru.
Ni iki gishobora kubaho. Umwuka Wanjye uraba ugendagenda hejuru yaburi mutima. Mwagizwe bashya kandi mwahindutse ibiremwa bishya muri Kristo Yesu. Ibyaha byanyu byose biri munsi y’Amaraso. Muramya bitunganye, hamwe n’ibiganza byanyu n’imitima izamuriwe kuri Njye, murimo mundamya hamwe ahantu ho mu Ijuru.
Muri Abagenwe, Batoranijwe, Mu Kumenya Mbere Kwanjye. Abatoranijwe, Abejejwe, Abatsindishirijwe kubwo Kumenywa mbere. Ntibishoboka kuri mwe ko mwashukwa. Nabateguye mbere y’imfatiro z’isi. Muri Imana ntoya, mwashyizweho ikimenyetso n’Umwuka Wera w’isezerano; atari ukuvuka gusa mu muryango, Abahungu n’Abakobwa Banjye Nemeye.
Nzabaha umugisha hamwe no gukira kwa kimana, kumenya mbere, guhishurirwa, amayerekwa, imbaraga, indimi, ubusobanuro, ubwenge, ubumenyi, n’indi migisha yose yo mu ijuru, hamwe n’umunezero utavugwa kandi byuzuye Ubwiza.
Buri mutima uraza kuba wuzuye Umwuka Wanjye. Muzaba murimo mugendera hamwe, mwicaye hamwe, ahantu ho mu Ijuru. Nta gitekerezo na kimwe gipfuye hagati muri mwe, nta muti w’itabi n’umwe wanyowe, habe n’uwambaye akajipo kagufi, nta n’ibi, biriya cyangwa ibindi, nta gitekerezo na kimwe gipfuye, nta muntu ufitanye n’undi ikibazo, buri wese arimo avugana n’undi mu rukundo no guhuza, buri bose bahuje umutima bari hamwe.
Abandi bashobora kubyanga, cyangwa ntibabisobanukirwe, ariko mwe, ni Ikimenyetso cyanyu cy’Ishema. Nkuko Dawidi yabwiye umugore we ngo; “Utekereza ko ibi hari icyo bicyo, tegereza kugeza ejo, tuzumva amakasete menshi kurushaho, turamya Umwami, twuzuye Umwuka Wayo; kubera ko turi kubaho muri Kanani, twerekeje mu gihugu cy’isezerano. “
Noneho Ndiburebe hasi ndi mu Ijuru maze mbabwire ngo:
“Muri Umugeni uhuye n’Umutima Wanjye.”
Iyi migisha ishobora kuba iyawe nawe. Ngwino, wiyunge natwe kuri iki Cyumweru I Saa Sita z’Amanywa, ku isaha y’I Jeffersonvile, maze wibonere kugaragara k’Umwami kurusha uko byigeze bibaho mbere mu gihe twumva Ijwi ry’Imana kubw’iki gihe rivugana natwe kandi rituzanira Ubutumwa” Kugirwa Abana #1 60-0515E.
mwibuke, ibi birabwirwa itorero, ntabwo ari k’umuntu wo hanze. Kuri we, ni ubwiru, ni inshoberamahanga, ntiyagera ubwo abyumva, bimuca hejuru, ntacyo azigera abimenyaho. Ariko kw’itorero, n’ubuki mu rutare, n’umunezero usaze, n’ubwishingizi bw’umugisha, n’igitsika cy’ubugingo, ni ibyiringiro byacu, n’icyishingikirizo, ni Urutare rw’Ibisekuru, yoo! Ni icyiza cyose . Kuko isi n’ijuru bizashira, ariko Ijambo ry’Imana ntirizashira.
Mwene Data Joseph Branham
Ibyanditswe byo gusoma mbere y’Ubutumwa:
Yoweli 2:28
Hanyuma y’ibyo, nzasuka Umwuka wanjye ku bantu bose, abahungu banyu n’abakobwa banyu bazahanura, abakambwe banyu bazarota, n’abasore banyu bazerekwa.
Abefeso 1: 1-5
Pawulo wagizwe intumwa ya Kristo Yesu nk’uko Imana yabishatse, ndabandikiye mwebwe abera bari muri Efeso bizera Kristo Yesu,
ubuntu bube muri mwe n’amahoro biva ku Mana Data wa twese no ku Mwami Yesu Kristo.
Imana y’Umwami wacu Yesu Kristo, ari yo na Se ishimwe, kuko yaduhereye muri Kristo imigisha yose y’umwuka yo mu ijuru,
Ngihagarara ku musenyi wo ku nyanja, ngiye kubona mbona inyamaswa iva mu nyanja ifite amahembe cumi n’imitwe irindwi. Ku mahembe yayo hariho ibisingo cumi, no ku mitwe yayo hariho amazina yo gutuka Imana.
Nuko mbona umwe mu mitwe yayo usa n’ukomeretse uruguma rwica, ariko urwo ruguma rwawishe rurakira. Abari mu isi yose bakurikira iyo nyamaswa bayitangarira.
Baramya icyo kiyoka kuko cyahaye iyo nyamaswa ubutware bwacyo, baramya n’iyo nyamaswa bati “Ni nde uhwanye n’iyi nyamaswa, kandi ni nde ubasha kuyirwanya?”
Ihabwa akanwa kavuga ibikomeye n’ibyo gutuka Imana, ihabwa no kurama ngo imare amezi mirongo ine n’abiri.
Ibumburira akanwa kayo gutuka Imana, no gutuka izina ryayo n’ihema ryayo n’ababa mu ijuru.
Ihabwa kurwanya abera no kubanesha, ihabwa no gutwara imiryango yose n’amoko yose, n’indimi zose n’amahanga yose.
Abari mu isi bose bazayiramya, umuntu wese izina rye ritanditswe mu gitabo cy’ubugingo cy’Umwana w’Intama, watambwe uhereye ku kuremwa kw’isi.
Ufite ugutwi niyumve.
Nihagira ujyana abandi ho iminyago na we ubwe azajyanwa ho umunyago, kandi uwicisha abandi inkota na we akwiriye kwicishwa inkota. Aho ni ho kwihangana kw’abera kuri no kwizera kwabo.
Nuko mbona indi nyamaswa izamuka iva mu butaka. Iyo yo yari ifite amahembe abiri nk’ay’umwana w’intama, ivuga nk’ikiyoka.
Itegekesha ububasha bwose bwa ya nyamaswa ya mbere mu maso yayo, ihata isi n’abayirimo ngo baramye ya nyamaswa ya mbere yakize uruguma rwayishe,
kandi ikora ibimenyetso bikomeye, imanura umuriro uva mu ijuru ugwa mu isi mu maso y’abantu.
Iyobesha abari mu isi ibyo bimenyetso yahawe gukorera imbere ya ya nyamaswa, ibabwira kurema igishushanyo cya ya nyamaswa yari ikomerekejwe n’inkota ikabaho.
Aha ni ho ubwenge buri: ufite ubwenge abare umubare w’iyo nyamaswa kuko ari umubare w’umuntu, kandi umubare we ni magana atandatu na mirongo itandatu n’itandatu.
Mbega impera y’icyumweru itangaje twagize hamwe n’Umwami wacu. Nta kindi kintu bimeze kimwe, kugirana ibihe hamwe na We, tuvugana na We, twumva Ijwi Rye, tumuramya, tumushimira, kandi tukamubwira uburyo ki tumukunda.
N’ibyicyubahiro kubaho muri iki gihe kandi tukaba turi igice cy’Ibyanditswe birimo bisohora. Ni buryo ki amagambo y’abapfa yashobora kugaragaza ibiri mu mimitama yacu byose? Nkuko umuhanuzi yavuze, ntabwo ari njye, hariho ikintu imbere mu ndiba y’umutima, gisunika kandi kidudubiza muri njye; isoko idudubiza y’Umwuka Wera. Ni Umugeni urimo yitegura Ubwe kubw’Umukwe.
Mbega uburyo umugeni aba anezerewe mbere y’ubukwe bwe. Umutima we uba utera cyane mu gihe amasogonda yanyuma arimo atambuka… Aziko igihe noneho gishyize kikagera. “Nariteguye ubwanjye. Ninjye Aziye. Noneho Tuzaba turi UMWE.”
Turi kubaho nyakuri mu minsi isoza yanyuma y’igihe, Umugeni vuba aha azazamurwa kandi duhamagariwe ibirori byacu by’ukwa buki. Arimo aratuzamura hejuru ku rugero rushya. Nta kibazo gihari; nta kongera kwibaza; TURI UMUGENI.
Kandi ntabwo Arasoza. Aracyashaka guha umugisha no gutera umwete Umugeni We mukundwa yatoranije. Mbega uburyo Akunda kumutera umwete no kumubwira uburyo ki Amukunda. Mbega uburyo amuteye ishema.
Aracyafite ukundi Guhishurirwa kudasanzwe Ashaka kumuha. Mu gihe hari amajwi menshi mu isi arimo arwanya kumva amakasete, Arashaka kongera guhamiriza Umugeni indi nshuro ko ari mu bushake Bwe butunganye n’Inzira Ye yateguye.
Igihe cyose bagiye bashaka abantu kugira ngo babayobore. Mu minsi ya Samweli, Imana yavuze ko barimo bayanga kubwo kwanga ko Samweli abayobora. Byasaga n’ibidasanzwe kuba Samweli yari umuntu nawe, ariko itandukaniro ryari uko Samweli yari umuntu Imana yatoranije kugira ngo abayobore. Ntabwo yari Samweli, Yari Imana irimo gukoresha Samweli. Yari IJWI N’UMUNTU Imana yatoranije KUGIRA NGO ABAYOBORE, ariko bashakaga andi majwi.
Sawuli yari abizi ko abantu batinya Samweli, rero yagombaga gutangaza ngo”Sawuli NA Samweli”. Yagombaga gutera ubwoba abantu kugira ngo bamukurikire. Nyakuri, yari yahamagawe. Nyakuri, yari yasizwe na Samweli kugira ngo abe umwami wabo, ariko Imana NABWO yari ifite Inzira yateguye. Imana yavuganye n’umuhanuzi Wayo maze Abwira Sawuli icyo akwiriye gukora. Igihe Sawuli yemeje ko nawe asizwe, maze akanga kumva umuhanuzi gusa, Imana yamwambuye ubwami.
Nuko, rero, bakoze ibyo, bamaze gutsindwa, Sawuli abagisha ibimasa bibiri abyohereza mubwoko bwe. Kandi nifuzaga kubereka ko igihe Sawuli yohereje ibyo bice by’ibimasa muri Isiraheli hose, yaravuze ati: “uwari we wese utazakurikira Samweli na Sawuli, azakorerwa nk’ibi.” Murabona uburyo, mu gushukana yagerageje kwiyerekana ubwe hamwe n’umuntu w’Imana? Mbega… Mbega ukuntu bitari ubukirisitu. Abantu bari bafite gutinya kubera Samweli. Ariko Sawuli yatumye bose bamukura, kubera ko abantu batinyaga Samweli. ati “Reka bakurikire Samweli na Sawuli.”
Umunsi umwe Sawuli yari afite ibibazo. Ntiyashoboraga kubona igisubizo kivuye ku Mana. Ntiyashoboraga kubona icyo kumukomeza. Yashakaga ibisubizo. Yamenye aho yagombaga kujya akabona igisubizo yashakaga; hari hariho ahantu hamwe honyine, UMUHANUZI W’IMANA SAMWELI. Yari yarasinziriye ariko yari akiri IJWI RY’IMANA, HABE NO MURI PARADIZO
Data ashaka ko Umugeni We amenya uwo Yatoranije kugira ngo ayobore Umugeni muri iyi minsi yanyuma, rero Yafashe marayika Wayo ukomeye amwambutsa hakurya y’inyegamo y’igihe kugira yongere kutubwira bundi bushya, adukomeze, kandi adutere umwete ko turi mu Bushake Bwayo Yatanze Butunganye.
Mwumve neza IBINTU BYOSE umuhanuzi avuga.
Yemwe, sinifuza ko musubiramo ibi. Ndi mbere y’itorero ryanjye, cyangwa intama mbereye umushumba
Mbere y’uko agira ikintu atubwira, arashaka ko tubanza kumenya ko Ibi ari IBYACU GUSA, ITORERO RYE, INTAMA ZE, ABO ARAGIYE. Aha rero, niba udashobora kuvuga ngo, “Mwene Data Branham ni pasteri WANJYE,” Nabivuze mbere, kandi nta mpamvu ihari yo kongera kubisoma, ibi ntabwo ari ibyanyu, kongeraho ko atanashakaga ko tugira uwo tubisubiriramo uretse abo babyizera kandi bavuga ngo, “Mwene Data Branham ni pasteri wanjye.”
Hano hari igisubizo ku kibazo dukunda kunegurwaho cyane kubwo kuvuga ngo,”Mwene Data Branham ni pasteri wacu.” (Abo ni babandi b’amakasete.) Baravuga ukuri, ni ko we ari, kandi natwe niko turi.
Rero ntimukandakarire, ntabwo mvugira ibi bintu kugira uwo ndakaza, ibyo byaba ari amakosa, ariko ni icyo Irimo kubwira Umugeni. Ntabwo ndimo nongeramo ubusobanuro bwanjye kuri byo, Irabivuga mu buryo bweruye… Ijambo ry’Imana ntabwo rikeneye ubusobanuro.
Noneho atubwira ko ibi bitari bimeze nk’iyerekwa iryo ariryo ryose yaba yarigeze agira. Yagiye ahantu atigeze agera. Byari BYIZA CYANE kurusha irindi yerekwa iryo ariryo ryose yaba yarigeze agira. Ntabwo yarimo arota, yabonye umubiri we ku buriri; YARI AHO.
Umugeni wa Yesu Kristo, reka ibyo byinjire neza. Yari Umugeni wa Yesu Kristo kurundi ruhande, mu ndagihe, waje yiruka amusanga, arangurura kandi amukoraho, barambura amaboko yabo bakamuhobera maze bakavuga ngo, “Oh, mwene Data w’igiciro.”
Yari araho; yashoboraga kubyiyumvamo; yashoboraga kubumva. Barimo bavugana na we. Arahagarara maze arareba, yari muto. Areba inyuma ku mubiri we wari uryamye aho hamwe n’amaboko ye ayiseguye ku mutwe we.
Noneho twamenye ko YARI ARAHO, kandi yari Umugeni wa Yesu Kristo yarimo areba. Aha reka twumve icyo ijwi riturutse hejuru ryarimo rimubwira.
Tuzacirwa urubanza bigendeye ku Ijambo WE yatubwirije. Kubw’ibyo, urubanza ruturuka mucyo Ijwi ry’Imana ryavuze ku makasete. Niburyo ki hagira uvuga ngo Ijwi ku makasete ntabwo ariryo JWI RY’INGENZI CYANE dushobora kumva?
“Noneho, niwemerwa icyo gihe, kandi uzemerwa,”
Ese uriteguye. Ibi birashimangira icyo ubushake butunganye bw’Umwami ku Mugeni wa Yesu Kristo aricyo. Umugeni arimo kubwira umuhanuzi icyo AZAKORA. Nta wundi. Ntabwo ari itsinda. Ntabwo ari undi mupastori, umuhanuzi w’Imana, WILLIAM MARRION BRANHAM.
“Hanyuma uza mutwereka nk’itsinzi y’umurimo wawe
Ese ninde uzadushyikiriza Umwami Yesu?
Ese iminsi yo kumva umuhanuzi yararangiye?
Ese Mwene Data Branahm ntabwo yigeze avuga ko tugomba kuvuza amakasete?
Ese n’ubu nturabyemera? Yego, hari n’abandi benshi.
Yaravuze ngo, “Uzatuyobora kuri We, kandi, twese hamwe, tuzagaruka ku isi, kugira ngo tubeho iteka. “
Ni nde ugomba kutuyobora? Ninde ugomba kuyobora Umugeni? Umugeni arimo aramubwira ko AZAYOBORA UMUGENI KURI WE, noneho tuzagaruka ku isi kugira ngo tubeho iteka.
niba hari ho Guhishurirwa UKO ARI KO KOSE muri mwe. Niba muhamya ko mwizera Ubu Butumwa, ndasenga kugira ngo Imana ibahishurire ko MUHATIWE gushyira Ijwi Ryayo, aya makasete, IMBERE.
Ba Pasteri, mugarure umuhanuzi ku bicaniro byanyu. Amakasete niryo Jwi ry’ingenzi mukwiriye kumva kuko muzacirwa urubanza bashingiye kuri IRYO JWI.
Bikurikije Ijambo, turi mu bushake Bwayo butunganye kandi Yatanze kubw’igihe cyacu kubwo kumva Ijwi ry’Imana ku makasete.
Niba Imana yarafunguye amaso yawe kubw’Uguhishurirwa k’ukuri ku Ijambo Ryayo, ndagutumira kugira ngo wiyunge natwe Kucyumweru I Saa Sita z’amanywa, ku isaha y’I Jeffersonville, mu gihe twumva 60-0515M Umwami Wanzwe.
Mbega ibihe bihebuje Umugeni aza kugira kuri iyi mpera y’icyumweru ya Paska. Nizera ko iza kuba ari imwe mu by’umumaro mwinshi mu buzima bwacu; igihe tutazigera twibagirwa. Impera y’icyumweru y’Urwandiko Rudasanzwe.
Buri Pasika yagiye iba igihe kidasanzwe ku Mugeni, mu gihe dufunga imiryango yacu tugakingiranira isi hanze n’ibirangaza byayo, maze tukongera kwegurira Imana ubuzima bwacu. Ni impera y’icyumweru yamweguriwe kugira ngo tumuhimbaze, nkuko tuvugana na We ibihe byose, maze tukumva Ijambo Rye.
Reka dutangire ku isaha y’I Saa Kumi n’ebyiri z’umugoroba. Ku masaha y’iwanyu kugira ngo twumve Ubusabane 62-0204, kandi noneho umuhanuzi aributwinjize mu Busabane Budasanzwe n’Umurimo wo Kozanya Ibirenge, ari wo uza gutambutswa kuri app ya Lifeline (Mu cyongereza), cyangwa mushobora kururutsa amateraniro mu Cyongereza cyangwa muzindi ndimi mukanze ku murongo uriho munsi.
Reka tujye mu masengesho hamwe n’imiryango yacu I Saa Tatu za Mugitondo. Kandi hanyuma tuze kongera I Saa Sita z’amanywa. Dutumira Umwami kugira ngo abe hamwe natwe kandi yuzuze ingo zacu Umwuka Wera mu gihe tumwiyegurira ubwacu.
Reka ibitekerezo byacu bigaruke kuri uriya munsi I Karuvari, nko mu myaka 2000 ishize, kandi tureba Umucunguzi wacu amanitse ku musaraba, kandi hanyuma twiyemeze ubwacu kimwe guhora igihe cyose dukora ibinezeza Data:
Hanyuma Saa Sita n’igice z’amanywa, reka tujye hamwe mu ngo zacu twumve: 63-0323 Ikimenyetso cya Gatandatu
Hanyuma ako kanya turongera kujya hamwe mu masengesho nyuma y’umurimo, mu kwibuka kubambwa k’Umwami wacu.
KUWA GATANDATU
Reka twongere twiyunge hamwe mu masengesho Saa Tatu za mu gitondo na Saa Sita z’amanywa. Kandi dutegure imitima yacu kubw’ikintu gikomeye Aribudukorere hagati muri twe.
Nshobora kumwumva Avuga ati: “Satani, ngwino hano!” Ubu ni Databuja. Ahageze afata urufunguzo rw’urupfu n’umuriro utazima, arumanika ku kibero Cye. Ati “Ndashaka kukumenyesha. Wabaye kadahumeka igihe kirekire bihagije. Ndi Umwana wavutse ku isugi w’Imana nzima. Amaraso yanjye aracyatose ku musaraba, kandi umwenda wose warishyuwe! Nta burenganzira ugifite. Uranyazwe. Mpa izo mfunguzo!”
Hanyuma I Saa Sita n’Igice z’Amanywa, turajya hamwe twese kugira ngo twumve IJAMBO: 63-0324m Ibibazo n’Ibisubizo ku Bimenyetso.
Mbega UMUNSI W’URWANDIKO RWIHARIYE ibi bigiye kubabyo ku Mugeni wo ku isi yose.
Noneho reka twese tujye hamwe mu masengesho ako kanya nyuma y’umurimo.
KUCYUMWERU
Reka tubanze tubyuke kare nkuko Mwene Data Branham yabikoze igihe ubwo iyi nshuti ye nto, Robin(ifundi), yamubyukije Saa Kumi n’Imwe za Mugitondo, Reka dushimire Umwami kubwo kuzura Yesu Ikamukura mu bapfuye:
Saa kumi n’imwe z’iki gitondo, agacuti kanjye k’ifundi (ifite agatorero k’umutuku) kahagaze ku idirishya ryanjye maze karankangura. Twajyaga kuvuga ko agatima kako kari kasabwe n’ibyishimo, kakavuga kati: “Yazutse.”
I Saa Tatu za Mugitondo n’I Saa Sita z’amanywa, reka twongere tujye hamwe indi nshuro mu murongo w’amasengesho, dusengerana umwe ku wundi kandi twitegura ubwacu kumva Ijwi ry’Imana.
I Saa Sita n’igice z’Amanywa, turaza kujya hamwe kugira ngo twumve Ubutumwa bwa Pasika: 63-0324e Ikimenyetso cya Karindwi
I Saa Cyenda z’Amanywa, reka twongere indi nshuro twiyunge hamwe kubw’amasengesho, tumushimira kubw’IMPERA Y’ICYUMWERU NZIZA YADUHAYE HAMWE NA WE N’UMUGENI WE WO KU ISI YOSE.
Kuri bene Data na bashiki bacu bari mu mahanga, kimwe n’umwaka ushize, ndashaka kubatumira kugira mwiyunge hamwe natwe ku isaha y’I Jeffersonville, kubw’ibihe by’amasengesho byose biri kuri iyi gahunda. Ndabona ko, nubwo, kunyuzaho Amakasete Kuwa Kane, Kuwa Gatanu, no Kuwa Gatandatu nyuma ya sasita ku isaha y’I Jeffersonville bishobora kuba ibigoye kuri benshi muri mwe, noneho mwumve mubohotse ko mwanyuzaho Ubwo Butumwa ku isaha Ibanogeye. Gusa, nubwo bimeze bityo, ndifuza ko twahurira hamwe Ku Cyumweru I Saa Sita z’Amanywa, ku isaha y’I Jeffersonville, kugira ngo twumve Ubutumwa bwacu bwo Kucyumweru hamwe.
Ndashaka no gutumira mwebwe n’abana banyu kugira uruhare muri Creations projects, mu gutangaza, no gusubiza ibibazo bya YF, ibyo umuryango wanyu wose ushobora kwishimira hamwe. Dutekereza ko muzabikunda kubwo kuba bishingiye ku IJAMBO tuzumva muri iyi mpera y’icyumweru.
Kubwa gahunda y’impera y’icyumweru, amakuru kubijyanye no gutegura amateraniro y’Ifunguro Ryera, ibikoresho bizakenerwa kubwa Creations projects, Utubazo twa Pasika, n’andi makuru, mwareba ku murongo uri munsi
Reka tuzimye amatelefone yacu kubw’impera y’icyumweru ya Pasika keretse gusa gufata amafoto, kumva Imirongo y’Umunsi, no gucuranga amakasete aturutse kuri app ya The Table, app ya Lifeline, cyangwa imirongo ishobora kururutsa.
Ni ibyo kubahwa cyane kuri njye gutumira mwebwe n’imiryango yanyu kugira ngo tujye hamwe n’Umugeni wo ku isi yose kubw’impera y’icyumweru yuzuyemo KURAMYA, GUHIMBAZA NO GUKIRA INDWARA. Ndabyizeye nyakuri ko ari impera y’icyumweru igomba guhindura ubuzima bwawe by’iteka.
Turahari. Twahageze. Guhamirizwa kw’Ijambo kwemeje ko Guhishurirwa kwacu k’Ubu Butumwa kwavuye ku Mana. Turi mu BUSHAKE Bwayo BUTUNGANYE kubwo kugumana n’Ijwi ry’Imana ku makasete.
Gukandaho bikavuga ni ingenzi bingana iki? Amagambo twumva ku makasete ni ay’ingenzi cyane, arera cyane, kuburyo Imana Ubwayo itashoboraga kuyashinga Marayika Imwizeye… Habe n’aba Marayika Bayo b’ijuru. Byahishurirwe umuhanuzi Wayo maze abizanira Umugeni, kubera ko uwo Ijambo ry’Imana rizaho, ni umuhanuzi Wayo, WENYINE.
Imana yamennye Ibimenyetso, ibihereza intumwa marayika Wayo wo ku isi, kandi Imuhishurira Igitabo cyose cy’Ibyahishuwe. Hanyuma, Imana yavugiye muri marayika Wayo wo ku isi maze Ihishurira Umugeni Wayo BURI KINTU.
Buri gace gato kose karavuzwe kandi karaduhishurirwa. Imana itwitaho cyane atari ukubera ko gusa Yatubwiye ibigomba kubaho hano ku isi guhera mu itangira ry’igihe, ahubwo Yavugiye muri marayika Wayo nuko Itubwira icyari kigiye kubaho nko muri paradizo ubungubu.
Ntabwo Yashakaga ko duhangayika, cyangwa tube dukekeranya kubijyanye n’icyo ejo hazaza hatubikiye mu gihe dusiga iyi ngando yo ku isi. Noneho, Imana Ubwayo yajyanye marayika Wayo wa karindwi ukomeye hakurya y’inyegamo y’igihe, kugira ngo abashe kuhareba, akabyiyumvamo, ndetse akanavugana n’abo bari hakurya Aho. Ntabwo ryari iyerekwa, yari AHO.
Imana yamujyanye aho ngaho kugira ngo agaruke maze atubwire ngo :”Nari ndiyo, Nahabonye. Biri kubaho AKA KANYA… Ba mama wacu, ba data, abavandimwe bacu, bashiki bacu, abana bacu, abakobwa bacu, abagore bacu, abagabo bacu, ba sogokuru, Mose, Eliya, ABERA BOSE bagiye bari aho hakurya mu Makanzu Yera, bararuhutse kandi bategereje TWEBWE”.
Ntituzongera kurira ukundi, kubera ko hose azaba ari umunezero. Ntituzongera kubabara ukundi, kubera ko azaba ari umunezero wuzuye. Ntituzigera na rimwe dupfa, kubera ko byose ni ubuzima. Ntidushobora gusaza, kubera ko tuzaguma turi abasore iteka ryose.
Ese nihe dushingiye aho tugiye h’iteka? KURI BURI JAMBO RYAVUZWE KU MAKASETE. Ndashimira Umwami ko yaduhaye Guhishurirwa k’Ukuri kubw’ibyo Gukandaho Bikavuga nicyo KINTU CY’INGENZI CYANE Umugeni ahatiwe gukora.
Ese wakwishimira kuruhukana natwe? Ngwino wiyunge natwe kuri iki Cyumweru I Saa Sita z’Amanywa, ku isaha y’I Jeffersonville, mu gihe twumva ibyo ejo hazaza hatubikeye byose, aho tugiye, n’uburyo bwo kugerayo, mu gihe twumva Ijwi ry’Imana rivuga kandi rifungura: Ikimenyetso cya Gatanu 63-0322.
Mwene Data Joseph Branham
Ibyanditswe byo gusoma mbere yo kumva Ubutumwa:
Daniyeli 9:20-27 Nuko nkivuga, nsenga natura ibyaha byanjye n’iby’ubwoko bwanjye bw’Abisirayeli, kandi ntakambira Uwiteka Imana yanjye ku bw’umusozi wera w’Imana yanjye, ngikomeje gusenga umugabo Gaburiyeli nabonaga ngitangira kwerekwa aratumwa, maze aragaruka aza n’ingoga igihe cyo gutamba igitambo cya nimugoroba cyendaga kugera, ankoraho. Arambwira anyigisha ati “Daniyeli, ubu nzanywe no kungura ubwenge bwawe. Ugitangira kwinginga haje ijambo, kandi nzanywe no kurikubwira kuko ukundwa cyane. Nuko iryo jambo uritekereze cyane, umenye n’ibyo weretswe. Ibyumweru mirongo irindwi bitegekewe ubwoko bwawe n’umurwa wera, kugira ngo ibicumuro bicibwe n’ibyaha bishire, no gukiranirwa gutangirwe impongano haze gukiranuka kw’iteka, ibyerekanywe n’ibyahanuwe bifatanishwe ikimenyetso, ahera cyane hasigwe amavuta. Nuko ubimenye, ubyitegereze yuko uhereye igihe bazategekera kubaka i Yerusalemu bayisana kugeza kuri Mesiya Umutware hazabaho ibyumweru birindwi, maze habeho ibindi byumweru mirongo itandatu na bibiri bahubake basubizeho imiharuro n’impavu, ndetse bizakorwa mu bihe biruhije. Ibyo byumweru uko ari mirongo itandatu na bibiri nibishira Mesiya azakurwaho, kandi nta cyo azaba asigaranye. Maze abantu b’umutware uzaza bazarimbure umurwa n’ubuturo bwera, uwo iherezo rye rizaba nk’utembanywe n’umwuzure w’amazi, intambara n’ibyago bizarinda bigeza imperuka. Ni ko bitegetswe. Uwo mutware azasezerana na benshi isezerano rikomeye, rimare icyumweru kimwe. Nikigera hagati azabuzanya ibitambo n’amaturo, umurimbuzi azaza ku ibaba ry’ibizira, maze kugeza ku mperuka yategetswe uburakari buzasandazwa kuri uwo murimbuzi.
Ibyakozwe 15:13-14 Barangije kuvuga Yakobo aravuga ati “Bagabo bene Data, munyumve. Simoni yabatekerereje uko Imana yatangiye kugenderera abanyamahanga, kubatoranyamo ubwoko bwo kubaha izina ryayo.
Abaroma 11:25-26 Bene Data kugira ngo mutabona uko mwirata ndashaka ko mumenya iby’iri banga: Abisirayeli bamwe banangiwe imitima ariko si bose, kugeza ubwo abanyamahanga bazinjira mu Itorero bakagera ku mubare ushyitse. Ni bwo Abisirayeli bose bazakizwa nk’uko byanditswe ngo “Umukiza azava i Siyoni, Azakura muri Yakobo kutubaha Imana.”
Ibyahishuwe 11:7-8 Kandi nibarangiza guhamya kwabo, inyamaswa izazamuka ivuye ikuzimu irwane na bo, ibaneshe ibīce. Intumbi zabo zizarambarara mu nzira nyabagendwa yo mu mudugudu munini, ari wo witwa i Sodomu no muri Egiputa mu mvugo y’umwuka, ari na ho Umwami wabo yabambwe.
Ibyahishuwe 22:8-9 Jyewe Yohana numvise ibyo kandi ndabireba. Maze kubyumva no kubireba nikubitira hasi imbere y’ibirenge bya marayika wabinyeretse, kugira ngo muramye. Ariko arambwira ati “Reka! Ndi imbata mugenzi wawe kandi ndi mugenzi wa bene So b’abahanuzi, n’uw’abitondera amagambo y’iki gitabo. Imana abe ari yo uramya.”