Uku ni UGUHISHURIRWA kwa Yesu Kristo muri iki gihe. Atari icyo yari cyo mu kindi gihe, ahubwo uwo ari we NONAHA. Ijambo ry’uyu munsi. Aho Imana iri uyu munsi. Ni byo guhishurwa k’uyu munsi. Ubu kurimo kurakura mu Mugeni, idushyira mu gihagararo cyuzuye cy’abahungu n’abakobwa batunganye
Twibona ubwacu mu Ijambo Rye. Tuzi abo turi bo. Turabizi ko turi mu migambi Ye. Ngiyi inzira yateguwe n’Imana kubw’iki gihe. Turabizi ko Izamurwa riri hafi. Vuba aha abacu dukunda bazagaragara. Icyo gihe tuzamenya ko: Twahageze. Twese tugiye mu Ijuru… yego, Ijuru, ahantu hafatika nk’aha.
Ahubwo turagana ahantu hahari h’ukuri, aho tuzakora ibintu runaka, aho tugiye kuzaba. Tuzajyayo dukore. Tugiyeyo kunezerwa. Tugiye kubayo. Tugiye mu Bugingo, mu Bugingo bw’Iteka by’ukuri. Tugiye mu ijuru, muri paradizo. Nk’uko Adamu na Eva bakoraga, babagaho, kandi baryaga, banezererwa mu ngobyi ya Eden mbere y’uko icyaha cyinjira, turi mu nzira dusubira yo, ni ukuri, turi kuhasubira. Adamu wa mbere binyuze mu cyaha yarahadukuye. Adamu wa kabiri binyuze mu gukiranuka, atugaruye yo ; aradutsindishiriza kandi akatugarura yo.
Nigute umuntu yashobora kubonera inyito icyo ibi bivuze kuri twe? Mu kuri ko tugiye muri paradizo aho tuzatura iteka ryose turi kumwe. Ntihazongera kubaho umubabaro, ububabare cyangwa intimba, gutungana kwiyongera kukundi gutungana.
Mwene Data Joseph, wandika ibintu bimwe buri cyumweru. ICYUBAHIRO KIBE ICY’UWITEKA, nzabyandika buri ku cyumweru kuko Ashaka ko umenya uburyo Agukunda. Uwo uri we. Aho ugiye. Igicucu kirimo kirahinduka igifatika. Uri Ijambo rihinduka Ijambo.
Nshuti z’isi yose, muze twifatanye ku cyumweru saa 12h00 z’amanywa, ku isaha y’I Jeffersonville, mu gihe cyo kwifatanya ku murongo w’itumanaho; atari ukubera ko “Njye” ngutumiye, ahubwo kubera ko “We” Agutumiye. Atari ukubera ko “Njye” natoranyije kaseti, ahubwo kugira ngo twumve Ijambo hamwe n’igice cy’Umugeni ku isi yose icyarimwe.
Ese twashobora gutahura ko bishoboka ko Umugeni yumva Ijwi ry’Imana ku isi yose, ku isaha imwe? Ibyo bigomba kuba ari Imana. Imana yategetse umuhanuzi kubikora igihe marayika wayo yari hano ku isi. Yashishikarije Umugeni guhuriza hamwe mu masengesho, BOSE KU ISAHA IMWE Y’I JEFFERSONVILLE 9:00, 12:00, 3:00. Mbega uko bihambaye muri iki gihe, ko Umugeni ashobora kwiyunga hamwe nk’UMUNTU UMWE kugira ngo yumve Ijwi ry’Imana rivugana na bo ku isaha imwe?
Mwene Data Joseph Branham
Ubutumwa: Ibintu bigomba kuba 65-1205
Ibyanditswe:
Matayo 22: 1-14 Yesu yongera kuvugana na bo abacira imigani ati Ubwami bwo mu ijuru bugereranywa n’umwami wacyujije ubukwe bw’umwana we arongora, atuma abagaragu be guhamagara abatorewe gutaha ubukwe, banga kuza. Arongera atuma abandi bagaragu ati Mubwire abatowe muti: Dore niteguye amazimano, amapfizi yanjye n’inka zibyibushye babibaze, byose byiteguwe, muze mu bukwe.’ Maze abo ntibabyitaho barigendera, umwe ajya mu gikingi cye, undi ajya mu rutundo rwe, abasigaye bafata abagaragu be barabashinyagurira, barabica. Maze umwami ararakara agaba ingabo ze, arimbura abo bicanyi atwika umudugudu wabo. Maze abwira abagaragu be ati Ubukwe bwiteguwe, ariko abari babutorewe ntibari babukwiriye. Nuko mujye mu nzira nyabagendwa, abo muri buboneyo bose mubahamagare baze batahe ubukwe.’ Abo bagaragu barasohoka bajya mu nzira, bateranya abo babonye bose, ababi n’abeza, inzu yo gucyurizamo ubukwe yuzura abasangwa. Umwami yinjiye kureba abasangwa, abonamo umuntu utambaye umwenda w’ubukwe. Aramubaza ati Mugenzi wanjye, ni iki gitumye winjira hano utambaye umwenda w’ubukwe?’Na we arahora rwose. Maze umwami abwira abagaragu be ati Nimumubohe amaboko n’amaguru, mumujugunye mu mwijima hanze, ni ho bazaririra bakahahekenyera amenyo’, kuko abatowe ari benshi, ariko abatoranyijwe bakaba bake.
Yohani 14: 1-7 Ntimuhagarike imitima yanyu, mwizere Imana nanjye munyizere. Mu rugo rwa Data harimo amazu menshi: iyaba adahari mba mbabwiye, kuko ngiye kubategurira ahanyu. Kandi ubwo ngiye kubategurira ahanyu, nzagaruka mbajyane iwanjye, ngo aho ndi namwe muzabeyo. Kandi aho njya, inzira murayizi. Toma aramubwira ati “Databuja, ntituzi aho ujya, inzira twayibwirwa n’iki?” Yesu aramubwira ati “Ni jye nzira n’ukuri n’ubugingo: nta wujya kwa Data ntamujyanye. Iyaba mwaramenye, muba mwaramenye na Data. Uhereye none muramuzi kandi mwamurebye.”
Abaheburayo 7: 1-10
Melikisedeki uwo wari umwami w’i Salemu, n’umutambyi w’Imana Isumbabyose (wa wundi wasanganiye Aburahamu, ubwo yatabarukaga avuye gutsinda abami, amuha umugisha, ni na we Aburahamu yahaye kimwe mu icumi cya byose). Ubwa mbere izina rye risobanurwa ngo “Umwami wo gukiranuka”, kandi irya kabiri yitwa “Umwami w’i Salemu”, risobanurwa ngo “Umwami w’amahoro.” Ntagira se ntagira nyina, ntagira ba sekuruza kandi ntafite itangiriro ry’iminsi cyangwa iherezo ry’ubugingo, ahubwo ubwo ashushanywa n’Umwana w’Imana, ahora ari umutambyi iteka ryose. Nuko mutekereze namwe uburyo uwo muntu yari akomeye, byatumye ndetse Aburahamu sogokuruza mukuru amuha kimwe mu icumi cy’iminyago y’inyamibwa. Kandi abana ba Lewi ari bo bahabwa ubutambyi, bafite itegeko ryo gukoresha abantu kimwe mu icumi, ni bo bene wabo nubwo abo bakomotse ku rukiryi rwa Aburahamu. Ariko dore wa wundi utakomotse mu muryango wabo yakoresheje Aburahamu kimwe mu icumi, kandi aha umugisha nyir’ibyasezeranijwe! Nta wahakana ko uworoheje ahabwa umugisha n’ukomeye. Kandi muri twe abantu bapfa ni bo bahabwa kimwe mu icumi, naho icyo gihe cyahawe uhamywa ko ahoraho. Ndetse byabasha kuvugwa yuko Lewi uhabwa kimwe mu icumi, na we ubwe yagikoreshejwe ku bwa Aburahamu kuko yari akiri mu rukiryi rwa sekuruza, ubwo Melikisedeki yamusanganiraga.
Umwami yaduhaye ibihe byiza cyane mu mwiherero w’ingando w’icyumweru gishize, ubwo yaduhishuriraga Ijambo Rye. Yabihamije binyuze mu Ijambo Rye, ko ikidakuka cyacu ni uko: Ijambo Rye, Ubu Butumwa, n’Ijwi ry’Imana riri ku makasete; byose ari ikintu kimwe, Yesu Kristo uko yari ejo, niko ari uyu munsi, kandi niko azahora iteka ryose.
Tuzi yuko igihe umuntu aje, atumwe n’Imana, yaratoranijwe n’Imana, azanye UKU NIKO UWITEKA AVUZE by’ukuri , ubwo ubutumwa n’intumwa biba ari kintu kimwe. Kuko yoherejwe guhagararira UKU NIKO UWITEKA AVUZE, Ijambo ku Ijambo, kubw’ibyo we n’ubutumwa bwe aba ari ikintu kimwe.
Ntushobora gutandukanya ubutumwa n’intumwa, byombi ni kimwe, UKU NIKO UWITEKA AVUZE. Ntacyo bitwaye icyo umusigwa w’ikinyoma wese yavuga, Imana yavuze ko byombi ari kintu kimwe kandi ntushobora kubitandukanya.
Noneho yatubwiye ko tudakeneye agatambaro ko kuyungurura udukoko iyo turi kumva amakasete, kuko nta dukoko cyangwa umutobe w’udukoko uri muri Ubu Butumwa. Iyi ni Isoko Ye y’amazi adudubiza, iteka ihora itemba itunganye kandi itanduye. Ihora iteka idudubiza, ntiyigera ikama, ihora isunika kandi igasunika, igenda iduha guhishurirwa kuruseho kw’Ijambo Ryayo.
Yatwibukije ko TUTAGOMBA KWIBAGIRWA ko isezerano rye natwe ari iridashidikanywaho, si iryo kongera kwigwaho,ahubwo riruta ibintu byose, Ntirigira amakemwa.
Byaba ari urukundo, ubufasha, cyangwa kwiyegurira, niba ikintu ari nta makemwa kiba ari IKIDAKUKA kandi ntikiba gifite ibyo gishingiyeho bidasanzwe cyangwa izindi nshingano. Kizabaho uko byagenda kose, nta kabuza.
Rya zuba rimwe rirasira mu burasirazuba, ni ryo zuba rimwe rirengera mu burengerazuba. Kandi ni uwo Mwana w’Imana waje mu burasirazuba, akagaragaza ubwiza bw’Imana mu mubiri, ni we Mwana w’Imana umwe uri mu gice cy’Uburengerazuba hano, aribyo bigaragaza ko ari mu itorero uyu mugoroba, akaba ari uko yari ejo hashize uyu munsi ndetse n’iteka. Umucyo wa nimugoroba w’Umwana waraje. Uyu munsi iki Cyanditswe kirasohoye imbere yacu.
Umwana w’umuntu yongeye kuza mu mubiri w’umuntu muri iyi minsi yacu, nk’uko yabisezeranye ko azabikora, kugirango ahamagare umugeni asohoke. Ni Yesu Kristo uvugana natwe mu buryo budaciye iruhande, kandi ntibikeneye ubusobanuro bw’umuntu uwo ari we wese. Icyo dukeneye gusa, icyo dushaka gusa, ni ijwi ry’Imana rivuga ku makasete, riturutse ku Mana Ubwayo.
Ni uguhishurirwa ko kugaragazwa kw’ijambo ryabaye ukuri. Kandi turi kubaho muri iyo minsi; icyubahiro kibe icy’Imana; ihishurirwa ry’ubwiru ry’Uwo ari We Ubwe.
Mbega ibihe byiza umugeni ari kugira, ari imbere y’ubwiza bw’Umwana, akomera. Ingano yagarutse ku ngano nanone, kandi nta musemburo uri muri twe. Ni ijwi ry’ukuri ry’Imana rivugana natwe, riducura kandi ritugira ishusho ya Kristo, Ijambo.
Turi abahungu n’abakobwa b’Imana, urukiryi Rwe yagennye mbere ko tugomba kuza muri iki gisekuru, igisekuru gikomeye cyane kuruta ibindi mu mateka y’isi. Yamenye ko tudashobora kunanirwa, tudashobora kugambana, ahubwo ko tuzaba Umugeni Jambo we w’ukuri no gukiranuka, Urubyaro rwa Cyami rw’Abraham rwagombaga kuza.
Igihe cy’Izamurwa kirageze. Igihe kigeze ku iherezo. Aje gutwara Umugeni We witeguye Ubwe kandi akaba yicaye mu Kugaragara k’Umwana, arimo yumva Ijwi Rye ririmo rimwambika. Vuba aha tuzatangira kubona abacu bari inyuma y’inyegamo y’igihe, barategereje kandi bifuza kuba hamwe natwe.
Amakasete ni inzira Imana yateguye yo gutunganya Umugeni Wayo. Aya makasete niyo yonyine azunga Umugeni Wayo. Aya makasete ni Ijwi ry’Imana ku Mugeni Wayo.
Ndagutumira kuza kwifatanya natwe, igice cy’Umugeni Wayo, kuri iki Cyumweru saa Sita z’amanywa ku isaha y’I Jeffersonville, mu gihe twumva byose ku byerekeye ibyenda kubaho vuba: Izamurwa 65-1204.
Mukundwa Mugeni wa Kristo, reka tujye hamwe ku cyumweru saa sita z’amanywa ku isaha y’I Jeffersonville, kugira ngo twumve ubutumwa 65-1128E, Ku Mababa Y’Inuma Yera Nk’Urubura Mwene Data Joseph Branham
Hari ikintu kiri kubaho ku rwego rutigeze rubaho mbere hamwe n’Umugeni wa Kristo ku isi hose. Ibintu twumvise kera kandi twifuzaga kuzabona noneho biragaragajwe imbere y’amaso yacu.
Umwuka Wera ari guhuriza hamwe Umugeni we nk’uko yabivuze ko azabikora, abinyujije mu buryo Bwe BWONYINE yatanze muri iki gihe: Ijwi ry’Imana kuri za kaseti.
Arimo guhishura no kwemeza Ijambo Rye ku buryo butigeze bubaho mbere. Kimwe n’iriba ridudubiza, guhishurirwa kuradudubiza imbere muri twe.
ubu bumwe bw’umwuka bwa Kirisito n’Itorero rye, noneho, igihe Umubiri uhindutse Ijambo, kandi Ijambo rihindutse umubiri, rigaragajwe, rihamirijwe. Neza neza ibyo Bibiliya yatangaje kubw’uyu munsi, ni byo bibaho, umunsi ku munsi. Yoo, kandi ibi byirundanya cyane vuba, hariya mu butayu, kandi habaye ibintu, nta nabasha gukurikira.
Nta musemburo, nta jwi ririmo urujijo, nta n’igisobanuro cy’umuntu gikenewemo hagati muri twe. Turimo kumva Ijambo Ryera, Ritunganye, riva mu kanwa k’Imana, mu gihe rituvugisha umunwa ku gutwi.
Mwibuke, nimusohoka hano! Noneho mutangire musohoke mu gishishwa . mugiye kwinjira mw’ihundo, ariko mugume mu mucyo w’Umwana. Ntimwongere kucyo navuze kandi ntimugire icyo mugabanya. Kubera yuko mvuga ukuri uko nkuzi, nkuko Data yakumpishuriye. Murabona?
Imana yaremye INZIRA YONYINE ITUNGANYE kugira ngo Umugeni akore gusa nk’uko yadutegetse gukora. Ibi ntibyari byarigeze bibaho kugeza uyu munsi. Ntihakiriho gukekeranya, cyangwa gushidikanya, nta no kubaza niba hari ikintu cyongeweho, cyakuweho, cyangwa cyasobanuwe. Umugeni yahawe Guhishurirwa k’Ukuri: KUVUZA AMAKASETE NI INZIRA Y’IMANA ITUNGANYE.
Mugihe byaba ngombwa, reka nongere mbivuge. Guhishurirwa kwanjye ni uko Umugeni wa Yesu Kristo si abandi UMUGENI, NTA KINDI akeneye, uretse Ijwi ry’Imana riri ku makasete.
Ubutumwa ntabwo ari ibanga kuri njye. Yesu Kristo ari uko yari ejo hahise, uyu munsi ndetse n’iteka. Ijuru ryose, n’isi, byose byitwa YESU. Yesu ni Ijambo.
Kandi iryo Zina riri mw’Ijambo kuko We ni Ijambo. Amen! Ubwo none We ni iki? Ijambo risobanuwe ni ukugaragazwa kw’Izina ry’Imana.
Imana kunga hamwe Umugeni wayo n’Ijwi Ryayo, Iryo ryafashwe kuri kasete maze rirahunikwa kubw’uyu munsi, bityo kugira ngo Ishoborore kunga hamwe Umugeni Wayo nk’Itsinda Rimwe. Umugeni azaribona, kandi azamenya ko ari yo NZIRA YONYINE Imana yashyizeho yo guhuriza hamwe Umugeni Wayo.
Yarabikoze hashize imyaka irenga 60, kugira ngo atwereke uko yari agiye kubikora muri iyi minsi turimo. Turi rimwe mu matorero ye ku mirongo y’itumanaho ‘
Niba ntizera mu byo kujya ku rusengero, kubera iki mfite insengero? Turazifite aho hose mu gihugu,twahuriye ku murongo undi mugoroba, kuri buri birometero kare maganatatu mpafite rumwe mu nsegero zanjye.
Ababwiriza benshi babwira amatorero yabo ngo: ‘Kuba “ku mirongo y’itumanaho” cyangwa “kumva ubutumwa bumwe icyarimwe”,, ibyo ntabwo ari ukujya mu rusengero.’YAVUZE KO ARI UKUJYAYO! Abavuga gutyo, ni uko batazi Ijambo, cyangwa ntibashobora gusoma Ibaruwa y’urukundo nk’uko Umugeni abikora.
Urusengero ni iki? Reka turebe gusa uko Mwene Data Branham icyo yavuze ko ruricyo.
Insengero nyinshi zifite ibyo bikoresho, mwari mufite mwese hano, uhereye ku rusengero. No muri Phoenix bafite iryo tumanaho; kugira ngo aho amateraniro abera hose, kugira ngo Ubutumwa buhite busakazwa kugeza… kandi abantu bateranira mu nsengero, no mu ngo n’ahantu nkaho, mu buryo bwiza cyane bw’itumanaho.
Mwene Data Branham avuga neza ko abantu bari mu “ngo zabo” hamwe n’“ahandi nkaho” bari rimwe mu matorero ye bari bahurijwe ku mirongo y’itumanaho.
Kubw’ibyo, ingo, sitasiyo za lisansi, inyubako, mu miryango iteraniye hamwe kumirongo ye y’itumanaho yabigize amatorero.
Reka twongere dusome bike mu IBARUWA Y’URUKUNDO.
Turasengera insengero zose n’amateraniro ateranye, ahantu hose impande y’indangururamajwi ntoya, kuva muri iyi Leta kugera ku Gice cy’Uburengerazuba, aho mu misozi y’Arizona, mu bibaya bya Texas, kugera ku Gice cy’Iburasirazuba, mu gihugu hose, Mwami, aho bateraniye. Dufite amasaha atandukanye nk’uko turi mu gihe, ariko Mwami, duteranye uyu mugoroba nk’abantu bunze ubumwe, nk’abizera bategereje kuza kwa Mesiya.
Kubwo kuba rero turi ku Mirongo y’Itumanaho, twumve Mwene Data Branham BOSE KU ISAHA IMWE; abo turi kumwe nk’itsinda rimwe, abizera, bategereje Kuza kwa Mesiya.
Ariko muravuga ngo ‘Nimuramuka mubikoze gutyo uyu munsi, ibyo ntabwo ari ukujya mu rusengero, ni amakosa, ntabwo ibyo ari uguteranira hamwe, cyane cyane ko tugomba kurushaho kubikora uko tubona wa munsi wegera,’ ese ibyo ntabwo ari ukujya ku rusengero?
Reka nkubaze ikibazo, kandi usubize itorero ryawe. Iyo Mwene Data Branham ajya kuba yari hano uyu munsi, mu mubiri, ese mwajyaga gukurikira ubutumwa hamwe cyangwa kuba ku mirongo y’itumanaho kugira ngo umwumve buri Kucyumweru mu gitondo, twese hamwe ku isaha imwe hamwe n’Umugeni wo ku isi yose, ba pasteri, ese mwashoboraga KUJYA KU MIRONGO Y’ITUMANAHO maze mukumva Mwene Data Branham cyangwa mwajyaga kubwiriza?
Mwene Data Branham avuga mu buryo bweruye ko inshingano zanyu ari itorero ryanyu. Iyo mujya kuba mwari hano mu myaka 60 ishize kandi Mwene Data Branham akaba yarimo agira amateraniro, ariko itorero ryanyu rikaba ritaribuyakurikire kuko bafite ayabo materaniro (aricyo ababwiriza benshi bakoze hariya kera), ese wajyaga kujya “mu itorero ryawe”, cyangwa wajyaga kujya kuri “Branham Tabernacle” kugira ngo wumve Mwene Data branham?.
Ndaguha igisubizo cyanjye. Najyaga kuba mpagaze ku muryango mu mvura, mu rubura cyangwa mu gihuhusi kugira ngo ninjire mu Ngando numve umuhanuzi w’Imana. Iyo MBA jya kuri iryo torero rindi, najyaga guhindura amatorero uwo mugoroba.
Ariko uriya mugore, ntiyari azi niba imbaraga zari muri iyo nkoni cyangwa zitari muri yo, ariko yari azi neza ko Imana yari muri Eliya. Aho ni ho Imana yari iri — mu muhanuzi wayo. Yaravuze ngo ‘Ndahiye Uwiteka n’ubugingo bwawe, ntabwo ndibugusige.”
Ndagutumiye kwifatanya natwe kugira ngo ube rimwe mu matorero ya Mwene Data Branham ku mirongo y’itumanaho kuri iki Cyumweru saa sita z’amanywa (12:00 PM), ku isaha y’I Jeffersonville, igihe tuza kuba turi kumva Ijwi ry’Imana rituzanira Ubutumwa “Ahantu Hamwe Rukumbi Imana Yagennye Ho Kuramirizwa 65-1128M.
Uyu munsi, aya Magambo Imana yavuze binyuze muri Marayika Wayo wa Karindwi Intumwa aracyasohozwa muri TWE, UMUGENI WA YESU KRISTO.
Niba ntizera ko bikwiye kujya ku rusengero, kubera iki mfite insengero? Twari tuzifite aho hose mu gihugu,ziri duhurijwe ku mu rongo wa telefone urya mugoroba, kuri buri birometero kare maganatatu mpafite rumwe mu nsegero zanjye.
Bari mu nsengero, mu ngo, mu nyubako nto, ndetse no kuri za station za essance; bakwirakwiye hirya no hino muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, bakurikira, bose ku isaha imwe Ijambo ryabaga ririmo gutambuka.
Kandi uyu munsi, turacyari RIMWE MU MATOREROYE. We ARACYARI PASTERI WACU. Ijambo Rye N’UBU NTA BUSOBANURO RIKENEYE, kandi twe DUKOMEJE guteranira hamwe hirya no hino mu isi, DUHUJWE N’IMIRONGO Y’ITUMANAHO, twumva IJWI RY’Imana ritunganya Umugeni wa Yesu Kristo.
Reka tujye hamwe Kucyumweru I saa Sita z’amanywa, ku isaha y’I Jeffersonville, kugira ngo twumve 65-1127B – Kugerageza Gukora Umurimo Kandi Ataribwo Bushake Bw’Imana
Halleluya! Ubutaka bw’Umutima wacu bwamaze gutegurwa no kumva Ijambo kandi twararihishuriwe, TURI Umugeni w’Imbaraga za Kristo; uw’igiciro, utunganye, umwana w’Imana utagira icyaha, uhagararanye n’Ijambo ritunganye ritagira agatotsi, wogejwe n’Amazi y’Amaraso Ye Ubwe.
Twahindutse Ijambo ryambaye umubiri, bityo kugira ngo Yesu abone uko atujyana, abo Yagennye mbere y’uko imfatiro z”isi zishyirwaho, atujyanye mu gituza cya Data.
Isi ishobora kubona kugaragazwa ko Kwizera kwacu binyuze mu buryo dukora, ndetse bigaragaza ko dufite Guhishurirwa k’ukuri kw’Imana kw’Ijambo Ryayo rihamirijwe, kandi nta bwoba dufite. Ntabwo twitaye kubyo isi yose irimo ivuga cyangwa yizera… Ntabwoba dufite. Gukandaho Bikavuga ni inzira yahawe Umugeni wa Yesu Kristo.
Hari benshi bavuga ko bizera ubu Butumwa bw’Igihe cya nyuma, bakizera ko Imana yohereje Umuhanuzi, bizera ko William Marrion Branham yariwe marayika wa karindwi intumwa, bizera ko yavuze Uku Niko Uwiteka Avuze, ariko bo NTABWO BIZERA ko iryo Jwi ari ryo jwi ry’ingenzi cyane mugomba kumva. Ntibizera ko yavuze Amagambo adashidikanywaho. Ntibizera mu kuvuza ayo makasete mu nsengero zabo.
Ese ibyo bivuze iki? BISOBANUYE KO BITIGEZE BIBAHISHURIRWA!
Ni uguhishurirwa. Yabahishuriye ibyo kubw’Ubuntu bwayo. Ntabwo ari ikintu mwakoze. Ntimwageze ku kwizera kubw’imbaraga zanyu bwite. Igihe mugize kwizera, muba muguhawe kubw’ubuntu bw’Imana. Kandi Imana irakubahishurira, kubw’ibyo kwizera ni uguhishurirwa. Kandi Itorero ryose ry’Imana ryubatse ku guhishurirwa.
Kubwo KWIZERA twahishuriwe ko ubu Butumwa ari Ijwi ry’Imana ryashyizwe ku makasete rigafatwa amajwi, maze rigahunikwa, kugira ngo rigaburire Umugeni wa Kristo kandi rimutunganye.
Ni UKWIZERA k’umwimerere, kutavangiye mu cyo Imana yavuze ko ari Ukuri. Kandi kwashinze imizi mu mitima yacu n’ubugingo kandi nta kintu gihari gishobora kukunyeganyeza. Kuzagumamo kugeza igihe umuhanuzi Wayo azatwereka Umwami wacu.
Ntitwabyishoboza ubwacu. Yaduteguriye kwakira no kwizera Ibyo mbere y’uko imfatiro z’isi zishyirwaho. Yaribizi ko tuzakira Ijwi Ryayo muri iki gisekuru. Yatumenye mbere kandi itugenerera kubyakira.
Rero, imirimo y’Umwuka wera akora uyu munsi kubw’aya mayerekwa adahusha na rimwe, kubw’aya Masezerano atabura gusohora na rimwe, ibimenyetso byose by’intumwa byasezeranijwe muri Bibiliya, bya Malaki 4 n’, oh, Ibyahishuwe 10:7, ibyo byose birimo gusohora, kandi byagaragajwe n’ubuhanga, n’ubundi buryo bwose. Kandi niba narababwiye ukuri, birahamya ko nababwiye Ukuri. Ntahinduka nk’uko Yari ejo, niko Ari uyu munsi, kandi niko Azahora iteka ryose, kandi ukwigaragaza k’Umwuka We kurimo kuzamura umugeni. Uku kwizera (uguhishurirwa) nikumanuke mu mutima wanyu, ko “Iyi ariyo saha.”
Iyi niyo saha. Ubu nibwo Butumwa. Iryo niryo Jwi ry’Imana rihamagara Umugeni wa Yesu Kristo. Oh Torero, reka Umwami ategure imitima yanyu nk’ubutaka buteguwe neza kugira ngo mugire Kwizera no guhishurirwa ko kumva iri Jwi, riri ku makasete, ari cyo gitunganya kandi kigahuriza hamwe Umugeni wa Yesu Kristo. Nongeye indi nshuro kubatumira kugira ngo mwiyunge natwe Kucyumweru I saa Sita z’Amanywa, ku isaha y’I Jeffersonville, mu kuzamura KWIZERA kwanyu mu bice byo hejuru, kugira ngo mwicare hamwe natwe mu hantu ho mu ijuru mu gihe twumva Ijwi ry’Imana ridutegurira kuza Kwe kwegereje.
Mwene Data Joseph Branham
Ndabasaba ngo mutwibuke mu masengesho yanyu mu cyumweru gitaha mu gihe dutangira ibihe by’ingando bya Still Waters Camp
Ubutumwa: Ibikorwa Ni Ukwizera Kugaragajwe 65-1126
Ibyanditswe byo gusoma:
Itangiriro 15:5-6 Aramusohokana aramubwira ati “Rarama urebe ijuru, ubare inyenyeri niba wabasha kuzibara.” Ati “Urubyaro rwawe ni ko ruzangana.” Nuko yizera Uwiteka, abimuhwaniriza no gukiranuka.
Itangiriro 22:1-12 Hanyuma y’ibyo, Imana igerageza Aburahamu iramuhamagara iti “Aburahamu.” Aritaba ati “Karame.” Iramubwira iti “Jyana umwana wawe, umwana wawe w’ikinege ukunda Isaka, ujye mu gihugu cy’i Moriya umutambireyo ku musozi ndi bukubwire, abe igitambo cyoswa.” Aburahamu azinduka kare kare, ashyira amatandiko ku ndogobe ye, ajyana n’abagaragu be babiri, na Isaka umwana we. Yasa inkwi zo kosa igitambo, arahaguruka ajya ahantu Imana yamubwiye. Ku munsi wa gatatu Aburahamu arambura amaso, yitegereza aho hantu hari kure. Aburahamu abwira abo bagaragu be ati “Musigarane hano indogobe, jye n’uyu muhungu tujye hirya hariya dusenge, tubagarukeho.” Aburahamu yenda za nkwi zo kosa igitambo, azikorera Isaka umuhungu we, ajyana n’umuriro n’umushyo, bombi barajyana. Isaka ahamagara se Aburahamu ati “Data.” Aramwitaba ati “Ndakwitaba, mwana wanjye.” Aramubaza ati “Dore umuriro n’inkwi ngibi, ariko umwana w’intama uri he, w’igitambo cyo koswa?” Aburahamu aramusubiza ati “Mwana wanjye, Imana iri bwibonere umwana w’intama w’igitambo cyo koswa.” Nuko bombi barajyana. Aburahamu agiye gutamba Isaka, Imana iramubuza Bagera ahantu Imana yamubwiye, Aburahamu yubakayo igicaniro yararikaho za nkwi, aboha Isaka umuhungu we, amurambika kuri icyo gicaniro hejuru y’inkwi. Aburahamu arambura ukuboko, yenda wa mushyo ngo asogote umuhungu we. Marayika w’Uwiteka amuhamagara ari mu ijuru ati “Aburahamu, Aburahamu.” Aritaba ati “Karame.” Aramubwira ati “Ntukoze ukuboko kuri uwo muhungu, ntugire icyo umutwara, kuko ubu menye yuko wubaha Imana, kuko utanyimye umwana wawe w’ikinege.”
Ibyakozwe 2:17 Imana iravuze iti: Uku ni ko bizaba mu minsi y’imperuka, Nzasuka ku Mwuka wanjye ku bantu bose, Kandi abahungu n’abakobwa banyu bazahanura, N’abasore banyu bazerekwa, N’abakambwe babarimo bazarota.
Abaroma 4:1-8 Niba ari uko biri, twavuga iki kuri Aburahamu sogokuruza ku mubiri? Iyaba Aburahamu yaratsindishirijwe n’imirimo aba afite icyo yirata, ariko si imbere y’Imana. Mbese ibyanditswe bimuvuga iki? Ntibivuga ngo “Aburahamu yizeye Imana, bikamuhwanirizwa no gukiranuka”? Nyamara ukora ibihembo bye ntibimuhwanira no guherwa ubuntu, ahubwo abyita ubwishyu. Ariko rero udakora ahubwo akizera Utsindishiriza abanyabyaha, kwizera kwe kumuhwanirizwa no gukiranuka, nk’uko Dawidi na we yeruye amahirwe y’umuntu, uwo Imana ibaraho gukiranuka atabiheshejwe n’imirimo ati Hahirwa abababarirwa ibicumuro byabo, Kandi ibyaha byabo bigatwikirwa. Hahirwa umuntu Uwiteka atazabaraho icyaha.
Abaroma 8:28-34 Kandi tuzi yuko ku bakunda Imana byose bifataniriza hamwe kubazanira ibyiza, ari bo bahamagawe nk’uko yabigambiriye, kuko abo yamenye kera yabatoranirije kera gushushanywa n’ishusho y’Umwana wayo, kugira ngo abe imfura muri bene se benshi. Abo yatoranije kera yarabahamagaye, kandi abo yahamagaye yarabatsindishirije, n’abo yatsindishirije yabahaye ubwiza. None ubwo bimeze bityo tuvuge iki? Ubwo Imana iri mu ruhande rwacu umubisha wacu ni nde? Mbese ubwo itimanye Umwana wayo ikamutanga ku bwacu twese, izabura ite kumuduhana n’ibindi byose? Ni nde uzarega intore z’Imana? Ni Imana kandi ari yo izitsindishiriza? Ni nde uzazicira ho iteka? Ni Kristo Yesu kandi ari we wazipfiriye, ndetse akaba yarazutse ari iburyo bw’Imana adusabira?
Abefeso 1:1-5 Pawulo wagizwe intumwa ya Kristo Yesu nk’uko Imana yabishatse, ndabandikiye mwebwe abera bari muri Efeso bizera Kristo Yesu, ubuntu bube muri mwe n’amahoro biva ku Mana Data wa twese no ku Mwami Yesu Kristo. Imana y’Umwami wacu Yesu Kristo, ari yo na Se ishimwe, kuko yaduhereye muri Kristo imigisha yose y’umwuka yo mu ijuru, nk’uko yadutoranirije muri we isi itararemwa, kugira ngo tube abera tutariho umugayo imbere yayo. Kuko yagambiriye kera ku bw’urukundo rwayo ko duhinduka abana bayo, tubiheshejwe na Yesu Kristo ku bw’ineza y’ubushake bwayo,
Yakobo 2:21-23 Mbese sogokuruza Aburahamu ntiyatsindishirijwe n’imirimo, ubwo yatangaga Isaka umwana we ngo atambwe ku gicaniro? Ubonye yuko kwizera kwafatanije n’imirimo ye, kandi ko kwizera kwe kwatunganijwe rwose n’imirimo ye. Ni cyo cyatumye ibyanditswe bisohora, bya bindi bivuga ngo “Aburahamu yizeye Imana bimuhwanirizwa no gukiranuka”, yitwa incuti y’Imana.
Yohani 6:44-46 Nta wubasha kuza aho ndi, keretse arehejwe na Data wantumye, nanjye nkazamuzura ku munsi w’imperuka. Byanditswe mu byahanuwe ngo Bose bazigishwa n’Imana.’Umuntu wese wumvise ibya Data akabyiga aza aho ndi. Si ukugira ngo hari umuntu wabonye Data, keretse uwavuye ku Mana, uwo ni we wabonye Data.
Nta buryo buhari bwabihakana, Uri akaremangingo k’Umwuka k’Imana, ukugaragazwa kw’ibigize ibitekerezo Byayo, kandi twari muri We mbere y’imfatiro z’isi.
Nta handi twashobora kujya, turi kimwe neza n’iyo mbuto yaguye mu butaka. Turi Yesu umwe, mu ishusho y’Umugeni, hamwe n’imbaraga zimwe, Itorero rimwe, Ijambo rizima rimwe kandi rituye muri twe ririmo ryiyegeranya ngo rihure n’umutwe, RYITEGUYE IZAMURWA.
Yatubwiye ko twatandukanye n’ubumwe bwacu bwa mbere, kubw’urupfu rw’umwuka, kandi twavutse ubwakabiri, cyangwa twongeye gushyingirwa, kubw’ubumwe bwacu bushya bw’Umwuka. Ubuzima bwa kamere yacu ya kera ntibukiriho habe n’ibintu by’isi, ahubwo ni Ubugingo bw’Iteka. Imbuto yari muri twe mu itangira, yaratubonye!
Ese ibyo ni iki bisobanuye? Bisobanuye ko igitabo cyacu cya kera cyajyanye n’ubumwe bwacu bwa kera, byarimuwe . UBU biri mu “Gitabo Gishya” cy’ Imana; ntabwo ari igitabo cy’ubugingo… oya, oya, oya,.. Ahubwo ni mu Gitabo cy’Ubugingo cy’Umwana w’Intama. Icyo Umwana w’Intama yacunguye. Ni icyemezo cyacu cy’urushako ni aho imbuto y’Iteka Ifashe.
Ese uriteguye? Ngibi biraje. Byaba byiza wisuzumye kandi ukitegura gusakuza no kurangurura ngo icyubahiro n’Icyayo, halleluya, icyubahiro kibe icy’Uwiteka, ni akagega bwikube kabiri n’ibyapakiwe n’ijuru.
“Ese ushaka kuvuga ko igitabo cyanjye cya kera n’amakosa yanjye yose, n’aho natsinzwe hose…” Imana yabishyize mu Nyanja yo Kwibagirwa, kandi ntabwo mwababariwe gusa, ahubwo mwaratsindishirijwe…Icyubahiro kibe icy’Uwiteka! “Gutsindishirizwa”
Kandi icyo ni iki gisobanuye? Bisobanuye ko utanigeze ubikora mu Maso y’Imana. Uhagaze utunganye imbere y’Imana. ICYUBAHIRO KIBE ICY’UWITEKA! Yesu, Jambo, yafashe umwanya wawe. Yahindutse wowe, kugira ngo nawe, munyabyaha wanduye, ubashe guhinduka We, IJAMBO. Turi IJAMBO.
Ibyo bitugira Akagirangingo Mbuto Ke ako yagenye mbere uhereye mu itangira. Turi Ijambo ryiyongera ku Ijambo, ukongeho Ijambo, ukongeraho Ijambo, ukongeraho Ijambo, kandi turimo kugera ku gihagararo cya Kristo bityo kugira ngo Ashobore kuza atugeze ku kuba Umugeni We.
Ni iki kiri kubaho UBUNGUBU?
Ni Ubumwe Butagaragara bw’Umugeni Wa Kristo urimo uteranirizwa hamwe ku Ijambo, aturutse hirya no hino ku isi.
kandi birakwirakwira mu mpande zose z’igihugu. Nonaha, muri New York, ni saa tatu na makumyabiri n’itanu. Hariya hose, muri Pfiladelpfie, kandi no muri aka gace, abera bakundwa bahariya barikumva, mu matorero, mu mpande zose. Hariya hose, mu majyepfo, hafi ya Mexique, hariya hose, muri Canada, kandi mu mpande zose wambutse mu gihugu. Hafi ibirometero Magana atatu byose [300 km], hose imbere mu mugabane w’Amerika y’amajyaruguru, hari abantu bari hariya, bari kumva muri akakanya. Ibihumbi incuro ibihumbi bateze amatwi.
Kandi ubu ni Ubutumwa bwanjye kuri mwe, Torero, mwebwe mukoze ubumwe, ubumwe bw’umwuka binyuze mu Ijambo,
Yavuze ko Bwari ubumwe bwa Kristo n’Itorero Rye, kandi BIRIMO KUBAHO UBUNGUBU. Umubiri uriguhinduka Ijambo, n’Ijambo rigahinduka umubiri. Turagaragajwe, kandi turahamirijwe; neza neza icyo Bibiliya yavuze ko kigomba kubaho muri iyi minsi, kandi Biri kubaho ubungubu, umunsi ku munsi muri buri wese muri twe.
Imana igiye kugira Itorero rifite imbaraga. Umugeni Jambo w’ukuri, wizewe. TURI UMUGORE WA YESU KRISTO WATORANIJWE.
Ubu ni gihe ki, Mugabo?
Twakiriye uguhishurirwa muri iyi minsi ya nyuma, ku bw’Ubutumwa bw’Umwami Imana Buteraniriza hamwe Umugeni We. Ibitarasezeranijwe ikindi gisekuru. Byasezeranijwe iki gisekuru: Malaki 4, Luka 17:30, Yohana 14:12, Yoweli 2:38. Ayo masezerano ameze neza neza nk’uko Yohana Umubatiza yigaragaje mu Byanditswe.
Ninde wasohoje ibi byanditswe?
Marayika Wayo wa karindwi ukomeye, William Marrion Branham. Igihe cyose yabikoze akurikije icyitegererezo. Yagiye abikora buri gihe akurikije icyitegererezo. Yongeye kubikora indi nshuro mu gihe cyacu, arahamagara kandi ateraniriza hamwe Umugeni w’imbaraga mu minsi yanyuma binyuze mu muhanuzi Wayo.
Mbega ibihe byiza Umugeni arimo kugira. Buri guterana kugenda kuba kunini kwiyongera kandi kukagenda kuba kwiza kurushaho. Aho ntabwo higeze haba igihe nk’iki. Gushidikanya kose kwarashize.
Ngwino wiyunge natwe mu gihe twumva Ijambo ryasezeranwe rivugwa kubw’igihe cyacu, kandi rikatubwira abo turibo n’ikiri kubaho mu minsi yacu. Ubumwe Butagaragara bw’Umugeni Wa Kristo 65-1125.
Mwene Data Joseph Branham
Ibyanditswe :
Matayo 24:24 Kuko abiyita Kristo n’abahanuzi b’ibinyoma bazaduka bakora ibimenyetso bikomeye n’ibitangaza, kugira ngo babone uko bayobya n’intore niba bishoboka.
Luka 17:30 Ni na ko bizamera umunsi Umwana w’umuntu azabonekeraho.
Luka 23:27-31 Abantu benshi baramukurikira, barimo n’abagore bikubita mu bituza bamuborogera. Yesu arabakebuka arababwira ati “Bakobwa b’i Yerusalemu, ntimundirire, ahubwo mwiririre n’abana banyu, kuko iminsi izaza bazavuga bati ‘Hahirwa ingumba n’inda zitabyaye, n’amabere atonkeje.’ Ni bwo bazatangira kubwira imisozi bati ‘Nimutugwire’, babwire n’udusozi bati ‘Nimudutwikire.’ Mbese ubwo bagenje batya igiti kikiri kibisi, nikimara kuma bizacura iki?”
Yohana 14:12 Ni ukuri, ni ukuri, ndababwira yuko unyizera, imirimo nkora na we azayikora ndetse azakora n’iyiruta, kuko njya kwa Data.
Ibyakozwe 2:38 Petero arabasubiza ati “Nimwihane, umuntu wese muri mwe abatizwe mu izina rya Yesu Kristo ngo mubone kubabarirwa ibyaha byanyu, kandi namwe muzahabwa iyi mpano y’Umwuka Wera,
Abaroma 5:1 Nuko rero ubwo twatsindishirijwe no kwizera, dufite amahoro ku Mana ku bw’Umwami wacu Yesu Kristo,
Abaroma 7:1-6 Mbese bene Data muzi amategeko, ntimuzi yuko amategeko atwara umuntu gusa akiriho? Ni cyo gituma amategeko ahambira umugore ku mugabo we akiriho, ariko iyo umugabo amaze gupfa, umugore aba ahambuwe ku mategeko y’umugabo we. Nuko rero, ni cyo gituma iyo umugabo we akiriho, niba abaye uw’undi mugabo yitwa umusambanyikazi, ariko iyo umugabo we apfuye, ntaba agitegekwa n’ayo mategeko, ni cyo gituma ataba umusambanyikazi naho yacyurwa n’undi mugabo. Nuko rero bene Data, ni ko namwe mwapfuye ku mategeko ku bw’umubiri wa Kristo, kugira ngo mubone uko muba ab’undi ari we wa wundi wazutse, mubone no kwerera Imana imbuto. Ubwo twari tukiri abantu ba kamere, irari ry’ibibi ryabyukijwe n’amategeko ryakoreraga mu ngingo zacu, kugira ngo ryere imbuto z’urupfu. Ariko noneho ntitugitwarwa n’amategeko, kuko twapfuye ku mategeko yari atuboshye. Ni cyo gituma turi imbata mu bubata bushya bw’Umwuka, butari bwa bundi bwa kera bw’inyuguti.
2Timoteyo 2:14 Ujye ubibutsa ibyo, ubihanangiririze imbere y’Imana ko bareka kurwanira amagambo kuko ari nta cyo bimaze, ahubwo bigusha abumva.
1Yohana 2:15 Ntimugakunde iby’isi cyangwa ibiri mu isi. Umuntu nakunda iby’isi, gukunda Data wa twese ntikuba kuri muri we,
Itangiriro 4:16-17 Nuko Kayini ava mu maso y’Uwiteka atura mu gihugu cy’i Nodi, mu ruhande rw’iburasirazuba rwa Edeni.
Kandi Kayini atwika umugore we inda abyara Henoki, yubaka umudugudu awitirira umwana we Henoki.
Itangiriro 4:25-26 Adamu arongera atwika umugore we inda, abyara umuhungu amwita Seti ati “Ni uko Imana inshumbushije urundi rubyaro mu cyimbo cya Abeli, kuko Kayini yamwishe.” Na Seti abyara umuhungu amwita Enoshi, icyo gihe abantu batangira kwambaza izina ry’Uwiteka.
Yoweli 2:28 Hanyuma y’ibyo, nzasuka Umwuka wanjye ku bantu bose, abahungu banyu n’abakobwa banyu bazahanura, abakambwe banyu bazarota, n’abasore banyu bazerekwa.
Malaki 4 Dore hazaba umunsi utwika nk’itanura ry’umuriro, abibone bose n’inkozi z’ibibi zose bazaba ibishingwe, maze habe umunsi uzabatwika bashire, ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga, ntuzabasigira umuzi cyangwa ishami. Ariko mwebweho abubaha izina ryanjye, Izuba ryo gukiranuka rizabarasira rifite gukiza mu mababa yaryo, maze muzasohoka mukinagire nk’inyana zo mu kiraro. Kandi muzaribatira abanyabyaha hasi, bazaba ivu munsi y’ibirenge byanyu ku munsi nzabikoreraho. Ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga. Nimwibuke amategeko y’umugaragu wanjye Mose, ayo namutegekeye i Horebu yari ay’Abisirayeli bose, yari amategeko n’amateka.
Yohana 16 haravuga ngo Yarafite ibintu byinshi byo kutubwira no kuduhishurira, kubw’iyo mpamvu yatwoherereje Umwuka Wera kugira ngo Atuyobore kandi Atubwire. Yavuze ko Umwuka Wera ni we muhanuzi uyobora buri gisekuru. Kubw’iyo mpamvu, abahanuzi Bayo boherejwe kugira ngo bagaragaze Umwuka Wera uyobora Umugeni Wayo.
Ni Umwuka Wera woherejwe kugira ngo ayobore iteraniro, kandi ntabwo ari itsinda ry’abantu. Umwuka Wera ni umunyabwenge butarondoreka. Abantu bahinduka ab’amahame, abantu badafite icyo bitaho.
Ntabwo ari umuntu, ahubwo ni Umwuka Wera MURI uwo muntu. Umuntu Yatoranije kugira ngo Yigaragarizemo Ubwayo kandi abe umuyobozi wo ku isi uyobowe n’Umuyobozi wacu wo mu Ijuru. Ijambo ritubwira ko tugomba gukurikira uriya Muyobozi. Icyo twaba dutekereza cyose, uko byaba byumvikana kose, cyangwa icyo abandi bantu bavuga, ntidufite ubushobozi bwo kugira icyo tubigabanyaho, bireba umuyobozi wenyine.
Imana yohereje Umuyobozi, kandi Imana yifuza ko mwibuka ko uwo ari Umuyobozi Wayo yashyizeho.
Hariho ababwiriza benshi mu minsi ya Mose. Imana yari yabashyiriyeho gufasha abantu, kuko Mose atashoboraga kubikora byose. Ariko umurimo wabo kwari ukwibutsa abantu icyo Mose yavuze. Bibiliya nta kintu na kimwe Ivuga abo bantu bavuze, ivuga gusa ko icyo Mose yavuze aricyo cyari Ijambo ryayoboraga abantu.
Igihe Imana yakuye Mose mu nzira, Yosuwa yahawe inshingano yo kuyobora ubwoko, aribyo bishushanya Umwuka Wera uyu munsi. Yosuwa nta kintu gishya yigeze yigisha, habe no kugerageza gufata umwanya wa Mose, habe no kugerageza gusobanura icyo umuyobozi yavuze; yasomaga gusa icyo Mose yavuze maze akabwira abantu ngo, “Mugumane n’Ijambo. Mugumane n’icyo Mose yavuze” : Yasomaga gusa icyo Mose yavuze.
Mbega urugero rutunganye rw’uyu munsi. Imana yahamirije Mose ikoresheje Inkingi y’Umuriro. Umuhanuzi wacu nawe yahamirijwe n’iyo Nkingi y’Umuriro imwe. Amagambo Mose yavuze yari Ijambo ry’Imana kandi yashyizwe mu Isanduku. Umuhanuzi w’Imana yaravuze mu minsi yacu maze bishyirwa kuri kasete.
Igihe Mose yakuwe mu nzira, Yosuwa yahawe inshingano yo kuyobora abantu akurikiza Amagambo Mose yavugiye imbere yabo. Yababwiye kwizera no kugumana na buri Jambo umuyobozi w’Imana yavuze.
Yosuwa yasomaga buri gihe icyo Mose yanditse Ijambo ku Ijambo abikuye mu mizingo. Yashyiraga Ijambo imbere yabo igihe cyose. Ijambo ryo mu gihe cyacu ntabwo ryanditswe, ariko Ryafashwe amajwi kugira ngo Umwuka Wera abashe gutuma Umugeni Wayo yumva Ijambo ku Ijambo icyo Yavuze, binyuze mu Gukandaho Bikavuga.
Imana ntabwo yigeze ihindura gahunda Yayo. Niyo Muyobozi Wacu. Ijwi Ryayo niryo riri kuyobora no kunga Umugeni Wayo uyu munsi. Turashaka kumva gusa Ijwi ry’Umuyobozi wacu mu gihe atuyoboresha Inkingi y’Umuriro. Ni ukwiyunga kutagaragara k’Umugeni wa Kristo. Tuzi Ijwi Rye.
Igihe umuyobozi wacu aje ku gicaniro, Umwuka Wera amukoraho kandi aho ntabwo aba akiri we, ahubwo aba ari Umuyobozi wacu. Yubura umutwe agatumbira hejuru maze akarangurura ngo, “Uku Niko Uwiteka Avuze, Uku Niko Uwiteka Avuze!” Kandi buri wese mu bagize Umugeni wa Kristo hirya no hino ku isi aza kuri we. Kubera iki? TUZI RWOSE UBURYO UMUYOBOZI WACU AVUGA.
Umuyobozi Wacu= Ijambo
Ijambo= Ikiza ku muhanuzi
Umuhanuzi=Umusobanuzi wa Kimana w’Imana wenyine; umuyobozi Wayo wo ku isi.
Nimugume inyuma y’Ijambo! Oh, yego mugabo! Nimugumane n’uwo Muyobozi! Mugume rwose inyuma Ye. Ntimumutange imbere, mugume inyuma Ye. Mumureke abayobore, ntabe ari mwe mumuyobora. Mumureke akore.
Niba udashaka kuzimira, ngwino wumve Umuyobozi wacu mu gihe Avuga binyuze mu muyobozi wo ku isi yashyizeho, kuri iki Cyumweru I Saa Sita z’Amanywa, ku isaha y’I Jeffersonville.
Mwene Data Joseph Branham
Ubutumwa:
62-1014E — Umuyobozi
Ibyanditswe:
Mariko 16:15-18
Arababwira ati “Mujye mu bihugu byose, mwigishe abaremwe bose ubutumwa bwiza.
kuko ari nta buhanuzi bwazanywe n’ubushake bw’umuntu, ahubwo abantu b’Imana bavugaga ibyavaga ku Mana bashorewe n’Umwuka Wera.
Kuva 13:21
Uwiteka ku manywa yabagendaga imbere ari mu nkingi y’igicu ngo abayobore, nijoro yabagendaga imbere ari mu nkingi y’umuriro ngo abamurikire, babone uko bagenda ku manywa na nijoro.
Ijwi turimo twumva ku makasete ni Urimu na Tumimu y’Imana ku Mugeni Wayo. Ryahuje neza Umugeni Wayo mu mutima uhuye kugira ngo abe itorero ryuzuye Umwuka by’ukuri, twuzuye imbaraga z’Imana, twicajwe ahantu hamwe ho mu ijuru, dutamba ibitambo by’umwuka, duhihambaza Imana, hamwe n’Umwuka Wera ugendera hagati muri twe
Kristo yatwoherereje Umwuka Wera We kugira ngo avugire muri marayika Wayo wa karindwi kugira atwubake buri muntu mu gihagararo cya Yesu Kristo, kugira ngo tubashe kuba inzu ikomeye n’ubuturo bw’Umwuka Wera, binyuze mu Ijambo Ryayo.
Turi abaragwa ba buri kintu. Ni umutungo wacu bwite, ni IBYACU. Ni impano y’Imana kuri twe, kandi nta muntu n’umwe wabidukuraho. NI IBYACU.
“Icyo muzasaba Data cyose mu Izina Ryanjye, Nzagikora.” Ese ni nde wagira icyo ahakana muri ibyo? “Ni ukuri ni ukuri, ndababwiye, nimuramuka mubwiye uyu musozi, ngo shingukaho, ntimushidikanye mu mutima wanyu ahubwo mukizera icyo muvuze kizasohora, mubasha kubona icyo mwavuze.” Mbega amasezerano! ntabwo bigarukira gusa ku gukira indwara, ahubwo kuri bukintu cyose.
Ndamuhigiye muri iki gitondo, n’umutima wanjye wose, ko mfashijwe na We n’ubuntu Bwe, ko nzasenga kandi ngashaka buri munsi ubudahwema, kugeza ubwo nzumva hatemba buri cyose muri ibyo bintu muri iki gihagararo gito gishaje, kugira ngo mbashe kuba ukwigaragaza kwa Kirisito muzima.
KURI NJYE, kumva Ijwi ry’Imana ku makasete ni umuteguro w’Imana kubw’iki gihe. Ni Ijambo rizima rya Yesu Kristo. Ni Ikidakuka bikurikije Ijambo ry’Imana. Ni inzira yateguwe n’Imana uyu munsi.
Rero, ndashaka kubatumira kugira ngo twiyunge Kucyumweru I Saa Sita z’Amanywa ku Isaha y’I Jeffersonville, mu gihe twumva William Marrion Branham, uwo nizera ko ari Ijwi ry’Imana kubw’igihe cyacu, yigisha Umugeni wa Kristo uburyo bwo guhinduka: Igihagararo cy’Umuntu Utunganye 62-1014M.
Mwene Data Joseph Branham
Ibyanditswe byo gusoma mbere y’Ubutumwa:
Matayo 5:48
Namwe mube mukiranutse nk’uko So wo mu ijuru akiranuka.
Petero arabasubiza ati “Nimwihane, umuntu wese muri mwe abatizwe mu izina rya Yesu Kristo ngo mubone kubabarirwa ibyaha byanyu, kandi namwe muzahabwa iyi mpano y’Umwuka Wera,
Ibyakozwe 7:44-49
Ba sogokuruza bari bafite ihema ry’ubuhamya bari mu butayu, nk’uko Iyavuganye na Mose yamutegetse kurirema, arishushanije n’icyitegererezo cy’iryo yabonye.
Iryo ba sogokuruza barihawe na ba se riba uruhererekane, barizana Yosuwa abagiye imbere ubwo batsindaga amahanga, ayo Imana yirukanaga imbere yabo kugeza mu gihe cya Dawidi
wari utonnye imbere y’Imana, asaba kubakira Imana ya Yakobo ubuturo.
Ariko Salomo ni we wayubakiye inzu.
Nyamara Isumbabyose ntiba mu mazu yubatswe n’amaboko, nk’uko wa muhanuzi yavuze ati Ijuru ni ryo ntebe yanjye, Isi ni yo ntebe y’ibirenge byanjye. Muzanyubakira nzu ki? Ni ko Uwiteka ababaza. Cyangwa nzaruhukira hantu ki?
Ibyakozwe Igice cya10
Hariho umuntu w’i Kayisariya witwaga Koruneliyo, umutware utwara umutwe w’abasirikare wo mu ngabo zitwa Italiyana.
Yari umuntu w’umunyadini wubahana Imana n’abo mu rugo rwe bose, wagiriraga abantu ubuntu bwinshi, agasenga Imana ubudasiba.
Abona ku mugaragaro mu iyerekwa marayika w’Imana yinjiye iwe nko mu isaha ya cyenda y’umunsi, aramuhamagara ati “Koruneliyo.”
Aramutumbira, aramutinya, aramubaza ati “Ni iki Mwami?” Aramusubiza ati “Gusenga kwawe n’ubuntu bwawe byazamukiye kuba urwibutso imbere y’Imana.
Biba bityo gatatu, icyo kintu giherako gisubizwa mu ijuru.
Petero agishidikanya mu mutima we uko ibyo yeretswe bisobanurwa, abantu batumwe na Koruneliyo bamaze kubaza inzu ya Simoni iyo ari yo, bahagarara ku irembo,
arababwira ati “Muzi yuko kizira ko Umuyuda yifatanya n’uw’ubundi bwoko cyangwa ko amugenderera, ariko jyeweho Imana yanyeretse ko ntagira umuntu nita ikizira cyangwa igihumanya.
Ni cyo cyatumye ntanga kuza ntumiwe. None ndababaza icyo muntumiriye.”
Koruneliyo ati “Dore uyu ni umunsi wa kane, uhereye ubwo nari ndi mu nzu yanjye nsenga magingo aya ari yo saa cyenda, nuko umuntu ahagarara imbere yanjye yambaye imyenda irabagirana,
Petero aterura amagambo ati “Ni ukuri menye yuko Imana itarobanura ku butoni,
ahubwo mu mahanga yose uyubaha agakora ibyo gukiranuka iramwemera.
Ijambo ry’ubutumwa bwiza bw’amahoro Imana yatumye ku bana ba Isirayeli ivugishije Yesu, ari we Mwami wa bose,
iryo jambo murarizi ryamamaye i Yudaya hose, rihereye i Galilaya hanyuma y’umubatizo Yohana yabwirizaga,
ni irya Yesu w’i Nazareti, uko Imana yamusutseho Umwuka Wera n’imbaraga, akagenda agirira abantu neza, agakiza abo Satani atwaza igitugu, kuko Imana yari iri kumwe na we.
Natwe turi abagabo bo guhamya ibyo yakoreye mu gihugu cy’Abayuda byose n’i Yerusalemu: uwo bamwicishije kumubamba ku giti,
ariko Imana imuzura ku munsi wa gatatu, imwerekana ku mugaragaro.
Icyakora ntiyamweretse abantu bose, ahubwo yamweretse abagabo yatoranije bitari byaba, ni twebwe abasangiraga na we amaze kuzuka.
Adutegeka kubwiriza abantu no guhamya ko ari we Imana yategetse kuba Umucamanza w’abazima n’uw’abapfuye.
muzi yuko muzagororerwa na we muhawe wa murage, kuko mukorera Shobuja mukuru Kristo.
Ariko ukiranirwa aziturwa nk’uko yakiraniwe, kandi ntihariho kurobanurwa ku butoni.
Abaheburayo 10:5
Ni cyo cyatumye ubwo Yesu yazaga mu isi avuga ati “Ibitambo n’amaturo ntiwabishatse, Ahubwo wanyiteguriye umubiri.
Abaheburayo 11:1
Kwizera ni ukumenya rwose ibyiringirwa udashidikanya ko bitazaba, kandi ni ko kuduhamiriza ibyo tutareba ko ari iby’ukuri.
Abaheburayo 11:32-40
Mbese mvuge kindi ki? Igihe cyandenga mvuze ibya Gideyoni n’ibya Baraki, n’ibya Samusoni n’ibya Yefuta, n’ibya Dawidi n’ibya Samweli, n’iby’abahanuzi baheshejwe no kwizera gutsinda abami, no gukora ibyo gukiranuka no guhabwa ibyasezeranijwe, no kuziba iminwa y’intare
no kuzimya umuriro ugurumana cyane, no gukira ubugi bw’inkota no gukurwa mu ntege nke bagahabwa imbaraga nyinshi, no kuba intwari mu ntambara no kunesha ingabo z’abanyamahanga.
Simoni Petero imbata ya Yesu Kristo n’intumwa ye, ndabandikiye mwebwe abagabanye kwizera kw’igiciro cyinshi guhwanye n’ukwacu, muguheshejwe no gukiranuka kwa Yesu Kristo, ari we Mana yacu n’Umukiza.
Ubuntu n’amahoro bigwire muri mwe, mubiheshwa no kumenya Imana na Yesu Umwami wacu,
kuko imbaraga z’ubumana bwayo zatugabiye ibintu byose bizana ubugingo no kūbaha Imana, tubuheshejwe no kumenya neza uwaduhamagarishije ubwiza bwe n’ingeso ze nziza.
Ibyo ni byo byatumye aduha ibyo yasezeranije by’igiciro cyinshi, bikomeye cyane kugira ngo bibatere gufatanya na kamere y’Imana, mumaze guhunga no gukira kononekara kwazanywe mu isi no kwifuza.