Mboherereje indamutso hirya no hino ku isi, kuri abo bateranye hamwe, barimo kumvira kuri ubwo buryo bw’ihuzanzira, barimo bagaburira ubugingo Bwabo kuri iyo Manu nshya ifutse irimo imananuka iva mu Ijuru. Muri abaguzwe Amaraso ya Yesu Kristo Ubwe.
Mwami Yesu, ndasaba ko Wasiga amagambo uyu mugoroba ngo Ijwi ry’Ijuru ryumvikane muri buri gutwi. Cyangwa niba hari abari aha cyangwa bakurikiye mu gihugu hose,
Imana irimo irasiga amatwi ya buri umwe wese muri twe, mu gihe turimo kumva hirya no hino ku isi kurangurura kwa Kimana kw’Ijwi ry’Imana rivugana natwe. Uku niko Uwiteka avuze.
Turi Itorero ry’Imana ry’Umwimerere ryavutse bwa kabiri ryizera BURI Jambo ry’Imana Imbere y’ikintu icyo aricyo cyose, tutitaye kucyo aricyo, kubera ko ni Ijambo ry’Imana ritavangiye ririmo kuvuga.
Imana irimo irigaragaza Ubwayo muri twe, Itorero Mugeni Ryayo. Ntabwo turi abahetsi b’Imbuto, TURI IMBUTO YA CYAMI. Ubuzima Bwe bwose bwari muri We bwongeye kwigaragaza muri TWE, Itorero Mugeni, ry’ukuri, ry’umwimerere, Rigarura Ijambo ry’Imana mu mwuzuro Waryo no mu mbaraga Zaryo.
Ntihashobora kongera kubaho igisekuru icyaricyo cyose cy’itorero nyuma y’iki. Turi ku iherezo, bene Data na bashiki bacu. Niho turi, twahageze. Imana ishimwe.
Turi ku iherezo. Twahageze. Umugeni YAMENYE abo Turi bo. Ni igihe cy’Imbuto Mugeni. Ibishishwa byarapfuye. Ibishishwa birimo kuma. Turi Ijambo ry’Imana ryavutse ku mwari rigaragajwe, Yesu Kristo ari uko yari ejo, uyu munsi, ndetse n’iteka.
Ntabwo tuzakorwaho. Nta mugabo wadufata kungufu. Turi Umugeni wabyawe n’umwari. Twategetswe n’Imana kuguma kuba ab’ukuri ku Ijambo mwari ritunganye. Imbuto igomba kuguma Imbere y’Umwana, Umwuka Wera, Ijwi ry’Umwana w’Umuntu, bityo kugira ngo ibashe gukomera. Kandi kuri twe, hariho INZIRA IMWE GUSA: GUKANDAHO BIKAVUGA MAZE TUKUMVA IJWI RY’UMWANA W’UMUNTU UBWE.
Kandi ndavuga ko hari Itorero ryatoranyijwe ahantu runaka muri iyi si, ryahunze ibi bintu kandi rihagaze ukwaryo. Kandi kugaragara kw’Imana kwararireheje.. Turi mu minsi ya nyuma.
Turi Ibizu by’Imana. Nta bugambanyi buri muri twe. Dushobora gusa kurya kuri Manu nshya. Tumeze nk’inyana ziri mu bwatsi. Turya gusa Ibyo Kurya Byahunitswe ibyo twagenewe.
Turi kubona Ibizu by’imana hirya no hino ku isi bishaka Manu Nshya. Bazakomeza gushaka kugeza bayibonye. Bazaguruka bajye hejuru ndetse hejuru cyane. Niba ntayiri hano muri iki kibaya, bazongera bigire hejuru ho gato. Barashaka Ijambo ry’Imana ry’uwo munsi rivuye ku Ijwi ry’Imana. Aho bagiye h’iteka hashingiye kuri Ryo. Aho Umubiri uri, niho Ibizu biteranira.
Umwuka We waje kuri twe kugira ngo ukore ibyo bintu bimwe nk’ibyo Yakoze. Ni ukongera kororoka kw’Intete. Turi Urubyaro Rwa Cyami rw’Abrahamu mu Kwizera abo bafata buri kintu cyose kinyuranye n’Ijambo ry’Imana maze bakacyita ko kitariho. Ntidushobora gushidikanya cyangwa ngo dushyire mu mwanya utariwo Ijambo ry’Imana, kubera ko twizera ko ari UKU NIKO UWITEKA AVUZE. Yesu Kristo ari uko yari ejo, uyu munsi, n’iteka.
Mana mukunzi mwiza, ntutume dutera umugongo ibi ngo tujye ku bupfu bw’isi, ahubwo reka tumwakire uyu mugoroba n’umutima wacu wose. Kandi Mwami, rema muri njye umwuka mwiza, Umwuka w’Ubugingo, kugira ngo nshobore kwizera Amagambo Yawe yose, kwemera Yesu Jambo, umwe ejo hashize, uyu munsi, n’iteka ryose, no kwizera uyu munsi igice cyatanzwe muri iki gisekuru. Bitange, Mwami. Mbisabye mu Izina rya Yesu.
Kuko abiyita Kristo n’abahanuzi b’ibinyoma bazaduka bakora ibimenyetso bikomeye n’ibitangaza, kugira ngo babone uko bayobya n’intore niba bishoboka.
Luka 17:30
Ni na ko bizamera umunsi Umwana w’umuntu azaboneker aho.
Yohana 5:24
“Ni ukuri, ni ukuri, ndababwira yuko uwumva ijambo ryanjye akizera uwantumye, aba afite ubugingo buhoraho kandi ntazacirwaho iteka, ahubwo aba avuye mu rupfu ageze mu bugingo.
Yohana 14:12
Ni ukuri, ni ukuri, ndababwira yuko unyizera, imirimo nkora na we azayikora ndetse azakora n’iyiruta, kuko njya kwa Data.
Abaroma 8:1
Nuko rero noneho abari muri Kristo Yesu nta teka bazacirwaho,
Abagalatiya 4: 27-31
27.kuko byanditswe ngo “Ishime ngumba itabyara, Tera hejuru uvuge cyane utaramukwa, Kuko abana b’inyungwakazi ari benshi, Baruta ab’inkundwakazi.” 28.Nuko rero bene Data, namwe muri abana b’isezerano nk’uko Isaka yari ari. 29.Ariko nk’uko icyo gihe uwabyawe n’umubiri yarenganyaga uwabyawe n’Umwuka, na n’ubu ni ko bikimeze. 30.Mbese ibyanditswe bivuga bite? Biravuga biti “Senda inshoreke n’umuhungu wayo, kuko umuhungu w’inshoreke atazaraganwa n’umuhungu w’umugeni.” 31.Nuko bene Data, ntitukiri abana b’inshoreke, ahubwo turi ab’umugeni.
Abaheburayo 13: 8
Yesu Kristo uko yari ari ejo, n’uyu munsi ni ko ari kandi ni ko azahora iteka ryose.
1 Yohana 4: 7
Bakundwa, dukundane kuko urukundo ruva ku Mana. Umuntu wese ukunda yabyawe n’Imana kandi azi Imana.
Ibyahishuwe 10
Mbona marayika wundi ukomeye amanuka ava mu ijuru yambaye igicu, umukororombya uri ku mutwe we, mu maso he hasa n’izuba, ibirenge bye bisa n’inkingi z’umuriro.
Mu intoki ze yari afite agatabo kabumbutse. Nuko ashyira ikirenge cye cy’iburyo ku nyanja, n’icy’ibumoso agishyira ku butaka.
ahubwo mu minsi y’ijwi rya marayika wa karindwi ubwo azatangira kuvuza impanda, ni ho ubwiru bw’Imana buzaba busohoye nk’uko yabwiye imbata zayo ari zo bahanuzi.”
Nuko rya jwi numvise rivugira mu ijuru, nongera kuryumva rimbwira riti “Genda wende ka gatabo kabumbutse kari mu intoki za marayika uhagaze ku nyanja no ku butaka.”
Nuko nsanga marayika uwo ndamubwira nti “Mpa ako gatabo.” Aransubiza ati “Enda ugaconshomere, karagusharirira mu nda ariko mu kanwa kawe karakuryohera nk’ubuki.”
Nenda ako gatabo, ngakura mu intoki za marayika ndagaconshomera. Mu kanwa kanjye karyohera nk’ubuki, ariko maze kukarya mu nda yanjye harasharirirwa.
Uwo ni we uzasanganya imitima y’abana n’iya ba se, kugira ngo ntazaza kurimbuza isi umuvumo.”
Ariko iyo mutangiye kuvuga muti: “Njyewe na Data turi Umwe”, n’ibyo bintu bindi, ubwo rero igishishwa kirabihunga. Ariko Itorero Mugeni ry’ukuri ry’umwimerere rizagaragaza Ijambo ryuzuye ry’Imana mu mwuzuro Waryo, hagati…?… Kuko uko Yari ejo, ni ko Ari uyu munsi, n’iteka ryose.
65-0218- “Imbuto ntabwo iraganwa n’igishishwa” Rev. William Marrion Branham
Yesu Krisito ntahinduka, uko Yari ejo, ni ko Ari uyu munsi n’iteka ryose. Umwuka uje ku Mugeni ngo usohoze ibintu bimwe. Murabona, ni ukuvuka bushya kw’impeke.
65-0218- “Imbuto ntabwo iraganwa n’igishishwa” Rev. William Marrion Branham
Igihe kirageze kugira ngo mufate icyemezo niba ari iyihe nkunge mugomba kujyamo. Ese murimo kugaburirwa ku Ijambo rivuzwe rivuye neza neza ku Mwana w’Umuntu, cyangwa n’ikindi kindi? Ese haba hari ubabwira ko mugomba kumva andi majwi kugira ngo mube Umugeni Wayo? Gucuranga amakasete mu ngo zanyu cyangwa mu nsengero zanyu ntabwo aricyo kintu cy’ingenzi Umugeni agomba gukora?
Ese ni ijwi ryande murimo kumva? Ese ni iki iryo jwi ririmo kubabwira? Ese kubaho kw’iteka kwanyu n’uk’umuryango wanyu murimo kugushingira kurihe jwi?
Ntabwo ari njye, ntabwo ari kuri marayika wa karindwi, oh, oya; ni kukugaragazwa k’Umwana w’Umuntu. Ntabwo ari marayika, ubuutumwa bwe; ni ubwo bwiru Imana yahishuye. Ntabwo ari umuntu; ni Imana. Uwo Marayika ntabwo yari Umwana w’umuntu; yari intumwa iturutse ku Mwana w’umuntu. Umwana w’umuntu ni Kristo; Uwo ni We Umwe muryaho. Ntabwo murimo kurya ku umuntu; umuntu, amagambo ye azananirwa. Ariko muri kurya ku Mubiri-Jambo utananirwa w’Umwana w’umuntu.
Ese ni irihe Jwi mukunda? Ese ni kuki Yemeye ko Ijwi Ryayo rifatwa amajwi kandi rigahunikwa? Ese ni irihe Jwi Imana yatoranije kugira ngo rivuge Ijambo Ryayo kubw’igihe cyacu?
Binyuze mu muhanuzi Wayo Yateguye, uwo Yarobanuriye kugira ngo amanuke aho maze atambutse ubwo butumwa, rero, bisa nkaho Yashoboraga kohereza undi muhanuzi, ariko Yarobanuye Yona, kandi habe na Eliya ntabwo yajyaga kubikora, Yeremiya ntiyajyaga kubikora, Mose ntabwo yajyaga kubikora, yari Yona wagombaga kujya i Nineve. Nicyo cyonyine cyari gikenewe kuri byo. Yamuhaye umurimo ndetse Imubwira kugenda. Kandi igihe Yavuze ngo, “Genda hariya, Yona, genda I Nineve,” nta wundi muntu washoboraga kujyayo uretse Yona
Imana yatugennye mbere muri ubu buzima. Iri Jwi ritubwira Amagambo y’Ubugingo Buhoraho. Kuri twe, iyi niyo Nzira yateganijwe n’Imana. Iyi niyo Nkuge yacu. Niba uri mu nkuge igiye i Tarushishi, sohokamo mbere y’uko ukererwa.
Ntabwo ndimo mvuga ko nuramuka ugiye ku rusengero batumva amakasete ariyo nkuge igiye I Tarushishi, ariko niba UWO ARIWE WESE adafata iri Ijwi ry’Imana riri ku makasete nk’ijwi ry’ingenzi cyane mugomba kumva, byaba byiza ugenzuye ukareba uyoboye inkuge yanyu n’aho iyo nkuge irimo kwerekeza.
Ndagutumiye kugira ngo wifatanye natwe Kucyumweru I Saa sita z’amanywa., ku isaha y’I Jeffersonville, mu gihe Kapiteni w’inkuge yacu avuga kandi atuzanira Ubutumwa: Umuntu uhunga mu maso y’Uwiteka 65-0217.
Reka noneho dutangire ubu bubyutse. Ni ukuri! Ese ni iki utegereje? Twizera ko Kuza k’Umwami kwegereje, Kandi Agiye kuza gutwara Umugeni, ndetse Biriteguye. Kandi nta nkunge na zimwe dushaka z’I Tarushishi. Tugiye I Nineve. Huh! Tugiye mu Bwiza. Amen. Uko ni ukuri. Tugiye aho Imana igomba kuduha umugisha, kandi icyo nicyo gusa dushaka gukora.
Abo nibo twe, umuryango w’abumva amakasete y’umuhanuzi; abana be bakwiriye hirya no hino mu isi, abo yabyariye Kristo. Abongabo Data yahaye Guhishurirwa Kwe Ubwe muri iyi minsi yanyuma.
Ndashaka kubahuriza hamwe bose umwe muri iyi minsi, murabona, Data nabishaka, kandi hanyuma tuzagira Murugo aho tutazongera kuzerera hirya no hino ukundi.
NDASHAKA KUBAHURIZA HAMWE BOSE. Birimo kuba ubungubu. Ubu Butumwa, Ijambo Ryayo, aya Makasete arimo arakora neza neza ibyo ngibyo: arimo arahuriza hamwe Umugeni, arimo aratwunga mu BUMWE BUMWE guturuka hirya no hino ku isi. Nta kindi gihari uretse Ijwi Ryayo; Ijwi ry’Imana ku makasete, ariryo rishobora guhuriza hamwe Umugeni Wayo.
Kandi wowe, igihe wuzuye Umwuka, dore kimwe mu bimenyetso byiza cyane nzi: ukunda Kristo cyane kandi wizera buri Jambo ryose Yavuze ko ari Ukuri Icyo ni igihamya ko ufite Umwuka Wera. Kandi ubuzima bwawe buba bwuzuye umunezero, hanyuma–oh mbega, ibintu byose biba bitandukanye (murabona?) bitandukanye n’uko byari bisanzwe. Uwo ni Umwuka Wera.
Imitima yacu, ibitekerezo n’ubugingo biba byuzuye umunezero, urukundo no Guhishurirwa, biba bigoye ko twakwifata ubwacu. Buri butumwa twumva butuzanira Guhishurirwa kuruseho. Tubona abo turibo n’ibyo dukora kubwo kuba mu Bushake Bwayo Butunganye. Nta kintu gihari cyashobora kudukura mu byo Imana yashyize imbere mu mitima yacu. Gukandaho Bikavuga niyo Nzira yateguwe n’Imana kubw’uyu munsi. Nta gukekeranya, nta kwiringira, nta kubaza Umwuka Wera ngo, “Ese icyo numvise cyaba ari Ijambo ry’ukuri?” “Ese nkwiriye kubingenzuza Ijambo?”
Abo sitwe. Icyo twumva ku makasete NI IRYO JAMBO. Iryo Jambo twumva ku makasete niryo JAMBO RYONYINE ryahamirijwe n’Umwuka Wera Ubwe, Inkingi y’Umuriro, ko ari Uku niko Uwiteka Avuze ku Mugeni.
Niharamuka hagize utubwira ngo, “Hari byinshi byavuzwe ku makasete byari Mwene Data Branham urimo kuvuga, bitari Ijambo risizwe. Uwo yari umuntu. Umwuka Wera atuyobora ku kiri Ijambo ntabwo ari kucyo Mwene Data Branham avuga.”
Ndashaka ko mutigera mwibagirwa iryo Jambo. Icyo Mose yavugaga, Imana yaracyubahaga, kubera ko Ijambo ry’Imana ryari muri Mose.
Ntituzigera na rimwe twibagirwa icyo umuhanuzi avuga, kandi turacyizera; Kuko byandikishijwe ikaramu y’icyuma ku mitima yacu. Ibyo yavuze ku makasete, Imana irabyubaha, kandi turabyizera.
Nta cyubahiro kirenze kwicara maze tukumva Ijwi ry’Imana rivugana natwe. Araza kuba avugana n’Umugeni We kuri iki Cyumweru I Saa Sita z’Amanywa ku isaha y’i Jeffersonville, maze asubize ibibazo: 64-0830E Ibibazo n’Ibisubizo #4. Ndifuza kugutumira kugira ngo wiyunge natwe. Ni icyemezo utazigera wicuza na rimwe.
Gutekereza, ayo Magambo amwe twumva iyo Dukanzeho Bikavuga ni Ijwi ry’Imana rituvugisha muri ako kanya. Data yemeye ko bifatwa amajwi maze arabihunika kugira ngo dushobore Gukandaho Bikavuga buri segonda rya buri munsi; bityo dushobora kumwumva adutera umwete, aduha umugisha, adusiga, maze agata kure ubwoba bwacu bwose no gushidikanya, ibyo byose binyuze mu Gukandaho Bikavuga.
Icyo dukeneye gusa kugeza ubu, ni Gukandaho Bikavuga, kandi ngaha aho biri. Ari hano kugira ngo atwibutse y’uko TWE TURI IJAMBO. Ari kumwe natwe, Aratuzengurutse, ARI MURI TWE. Satani ni umwirirazi. Yaratsinzwe. Nta kintu na kimwe cyadukuraho iryo Jambo. Imana yarariduhaye binyuze mu kumenya mbere Kwayo, yari iziko turi Umugeni Wayo. Twarikumwe na Yo guhera mu itangiriro.
Ni irihe Jwi twashobora kumva rikaba ryaruta Ijwi ryonyine ryahamirijwe n’Inkingi y’Umuriro kuba ariryo Jwi ry’Imana?
Nta rindi jwi.
Ni iki iryo Jwi ryatubwiye mu cyumweru gishize?
Igihe cyose mba mbasaba, kandi ibyo ni nka mwene Data na Mushiki wacu. Muri abana banjye; Njye–Ndi so mu Butumwa Bwiza, atari so kuko bimeze ku bapadiri, Njye–Ndi so mu Butumwa bwiza nkuko Pawulo yabivuze hariya. Nabyariye Kristo, kandi ubu, Njye–Nabashyingiye Kristo; nabarambagirije Kristo nk’umwari utanduye. Ntimukankoze isoni! Ntimukankoze isoni! Mugume muri umwari utanduye.
Tugomba kuguma turi abari batanduye ku Ijambo, iryo Jwi. Kuri twe, hari INZIRA IMWE gusa tubasha kumenya ko turi kubikora: GUKANDAHO BIKAVUGA.
Wibuke ibi n’umutima wawe wose: Ugumane n’iryo Jambo! Ntukigere ureka iryo Jambo! Ikintu icyo aricyo cyose gihabanye naryo, ucyihorere, icyo cyaba kiri cyose. Noneho umenya ko bikwiriye.
Nsobanukiwe neza impamvu numvwa nabi kandi bamwe bagatekereza ko rwanya abakozi b’Imana bose; ko nizera ko nta n’umwe ukwiriye kubwiriza. “Nuramuka wumvise undi mubwiriza utari Branham, uzaba utira Umugeni.” Nkuko nabibabwiye inshuro nyinshi, ntabwo nigeze mvuga ibyo cyangwa ngo nizere nk’ibyo.
Umuhanuzi yabisobanuye neza kucyumweru gishize neza uko mbyumva n’uko nizera.
Hari nk’amatorero atatu y’Ubutumwa muri aka gace ka Jeffersonville mu gihe Mwene Data Branham yari hano. Mu materaniro yo Kucyumweru, yaravuze ngo abapasteri bo mu karere ntabwo bari bahari mu materaniro ya nimugoroba. Bari bagize ayabo materaniro ya nimugoroba. Kubw’ibyo, ntabwo bari biyumvishemo kuza kumva Mwene Data Branham kubw’amateraniro ya nimugoroba, ahubwo bahitamo gukora amateranio mu matorero yabo. Icyo cyari icyemezo cyabo, kandi nicyo bari bayobowe gukora, kandi Mwene Data Branham arabyemera.
Uyu munsi haricyari insengero nyinshi mu gace ka Jeffersonville. Nabo bagomba gukora nkuko bumva bayobowe n’Umwami gukora. Niba bumva batayobowe gucuranga amakasete, icyubahiro kibe icy’Uwiteka, barimo barakora icyo bumva bayobowe gukora, kandi icyo nicyo bakwiriye gukora. Bakomeza kuba bene Data na bashiki bacu kandi bakunda ubu Butumwa. Ariko tugomba gukora icyo twumva tuyobowe gukora: Gukandaho Bikavuga. Turashaka kumva umuhanuzi.
Nkuko Mwene Data Branham yabikoze ku itariki 30 kanama 1964, ndabatumira ngo muzaze kwifatanya natwe I saa sita z’amanywa, ku isaha y’I Jeffersonville, ubwo twongera kumva indi nshuro Ubutumwa umuhanuzi atuzaniye: 64-0830M Ibibazo n’ibisubizo #3.
Dutegereje, umwanya uwo ari wose, ko abo basinziriye mu mukungugu wisi babanza gukanguka. Muri ako kanya, tuzahita tubabona; ba papa, ba mama, abagabo, abagore, abavandimwe na bashiki bacu. Bari aho, bahagaze imbere yacu. Tuzamenya muri ako kanya, ko twahageze, igihe kirageze. Kwizera kwizamurwa kuzuzura ubugingo bwacu, ubwenge n’umubiri. Noneho iyi mibiri ipfa izambara kudapfa mu buntu bw’izamurwa mu Mwami.
Kandi hanyuma tuzatangira guhurira hamwe. Twebwe abakiriho ndetse dusigaye tuzahindurwa. Iyi mibiri ipfa ntizongera kubona urupfu. Mu buryo butunguranye, hazaba nko guhuha guciyeho… tuzahindurwa. Kuva kuba umusaza ukaba umusore, kuva kuba umukecuru ugahinduka umukobwa ukiri muto.
We ni Ijambo ryambaye umubiri, atari Ijambo ryo mu minsi ya Mose, Mose cyari icyo gihe, Ijambo, atari Ijambo ryo mu gihe cya Nowa, Nowa yari Ijambo ry’icyo gihe, ntabwo ari icyo gihe… Ijambo ryo mu minsi ya Eliya, Eliya yari Ijambo ryo muri icyo gihe; ariko We ni Ijambo ryo mu ndagihe(uyu munsi), kandi bagendaga babaho nyuma.
Ese uriteguye?…. Ngibi biraje. Ni inkubwe ebyiri ndetse biraremereye, kandi turabikunda cyane!!
Icyo kintu kimwe cyongeye kwisubiramo! Icyo ni igihamya cy’Umwuka Wera, igihe Imana ibiguhishuriye kandi ukabibona, UKU NIKO UWITEKA AVUZE maze ukabyemera. Atari icyo uricyo, icyo waricyo, cyangwa icyo aricyo cyose kuri byo, ni icyo Imana yakoze kubwawe ubu. Ngicyo igihamya.
Halleluya, Yatewe imisumari. NONEHO reka tumwumve Aduhamiriza.
Yaduhaye ibimenyetso by’Umwuka Wera, Yahona 14. Yaravuze ngo,”Mfite byinshi byo kubabwira. Ntabwo Nabonye umwanya wo kubikora, ariko igihe Umwuka Wera azaza, Azabibabwira, Azabibutsa ibyo nababwiye, kandi Azaberaka n’ibyenda kubaho.” Ese ntimuri kubibona? Ngaho aho ibimenyetso biri. Uko ni ukuvuga mbere no kubaho… kubwo kugira ubusobanuro bwa Kimana bw’Ijambo ryanditse. Ubu se, si cyo kimenyetso cy’umuhanuzi?
Umwuka Wera ni umuhanuzi wa buri gisekuru. Ni umuhanuzi w’igisekuru cyacu. Ijambo riza GUSA kuri uwo muhanuzi. Ni Imana irimo kuvuga no kwihishura Ubwayo binyuze mu muhanuzi Wayo. We ni Ijambo ry’umunsi. Ubu Butumwa, BURI KURI KASETE, ni ubusobanuro butunganye bw’Ijambo, hamwe no guhamirizwa kwa Kimana.
“Igihe igitunganye kizaza, ikituzuye kizakurwaho.” Utwo tuntu duto two kwitera hejuru no hasi nk’abana, tugerageza kuvuga mu ndimi, ndetse n’ibyo bintu bindi byose, igihe icyo gitunganye… Kandi turagifite uyu munsi, binyuze mu gufashwa n’Imana, ubusobanuro butunganye bw’Ijambo hamwe no guhamirizwa kwa Kimana! Noneho ibyo bituzuye bigomba gukurwaho. “Igihe nari umwana, navugaga nk’umwana; ariko igihe mpindutse mukuru, ndekura ibyo bintu by’ubwana.” Amen!
Icyo gitunganye cyaraje; ubusobanuro butunganye bw’Ijambo. KANDA BIVUGE. Icyo nicyo gusa Umugeni We akeneye, kandi ni ibyo gusa Ashaka.
Ngwino hamwe natwe maze dufatanye Gukandaho Bikavuga kuri iki Cyumweru I Sasita z’amanywa, ku isaha y’I Jeffersonville, maze twumve IJAMBO RITUNGANYE, HAMWE N’UBUSOBANURO BUTUNGANYE, HAMWE NO GUHAMIRIZA KWA KIMANA mu gihe twumva:
Nta guteranira hamwe kunini, nta gusigwa gukomeye, ntahantu heza ho kuba byaruta kwicara hamwe Ahantu ho mu ijuru, twumva Ijwi ry’Imana.
Ndagutumiye kuza kumva Ijwi ryemejwe n’Imana hamwe natwe kuri iki cyumweru saa 12h00 z’amanywa, isaha y’i Jeffersonville, ubwo Yongera kutuvugisha indi nshuro Abinyujije mu ntumwa malayika Wayo, maze agasubiza ibibazo byose dufite ku mitima yacu, akaduhamiriza ko turi Umugeni We.
Bro. Joseph Branham
Ubutumwa bwo ku cyumweru: Ibibazo nibisubizo # 1 64-0823M
Turabizi ko hari ikintu cyiteguye kubaho. Igihe kiri bugufi. Turifuza ko uza ukadukura muri iyi si. Turashaka kubana na We. Twumva tumaramaje mu ndiba z’ubugingo bwacu.
Ese twaba tugiye kubivugaho? Ese twaba tumaramaje bihagije? Ese twaba turimo kugutakira uko bikwiye ku manywa na nijoro?
Ooh, torero, haguruka maze wikunkumure. Isuzume: kanguka nonaha. Tugomba kumaramaza, bitaba ibyo tukarimbuka. Hari ikintu giturutse k’ Uwiteka. Nzi ko ari UKU NI KO UWITEKA AVUZE. Hari ikintu kije, twaba tugize neza turamutse tumaramaje. Hagati y’Ubugingo n’urupfu. Ibyo bizaduca hejuru kandi nta nubwo tuzabibona.
Turabizi ko bisaba kumaramaza kugira kugira ngo tubashe kukwinjiza mu murimo. Dukwiriye kubikora nonaha cyangwa tukarimbuka. Mwami, reka tube tumaramaje kuruta uko byaba byarigeze biba mbere, ubwo nibwo Uzinjira mu murimo maze Ukaza gutwara Umugeni Wawe ugutegereje.
Nta kindi Imenya uretse… Ikimenyetso! Ni Ubutumwa bw’igihe! Ni Ubutumwa bw’iki gihe! Ni Ubutumwa bw’igihe cyacu! Mu Izina rya Yesu Kristo, nimubwakire!
Twizera ko buri kintu cyose kibaho kandi kigakorwa mu gihe Cyawe gitunganye. Nta kintu na kimwe kitari mu mwanya wacyo. Twabonye ibitangaza byawe byose, kandi twumvise kandi tujya munsi y’ikigaragaza Ikimenyetso.
Noneho mu gihe turi munsi y’ikigaragaza ikimenyetso, tugiye gufata Igaburo Ryera kuri iki Cyumweru mu kumaramaza. Kubera tuziko uri hafi yo gukubitisha urubanza.
Reka turifate nkuko byari igishushanyo cya Pasika, igihe bayifashe mu ikubagahu, mu gihe cyo kumaramaza. Turi mu kumaramaza nanone indi nshuro uyu munsi Data.
Turabizi ubu ko turi abahungu n’abakobwa Bawe. Turi Umugeni Jambo Wawe utunganye Uwo Wategereje igihe kirekire. Ni Wowe, uba kandi utuye muri twe. Waradutoranije, Utugena mbere, kandi noneho Uraje kubwacu.
Mwami, reka tugushake Ijoro n’amanywa. Reka tube tumaramaje rwose mu gihe tugutakira. Reka dutwarane twinjira muri byo kuruta uko byigeze kubaho mbere. Reka uyu ube umwaka Uzaza kuri twe.
Turagukunda Data, kandi turashaka kuba Ubushake Bwawe butunganye. Ngwino Ubane natwe mu gihe twunga ubumwe I Saa Kumi n’Imwe z’umugoroba. Ku Isaha y’I Jeffersonville, tuzengurutse Ijwi Ryawe kandi twumve Utubwira uburyo tugomba kwinjira mu : Kumaramaza 63-0901E. Hanyuma ubane natwe mu gihe dusangira tumaramaje, Ifunguro rya Nimugoroba Ry’Umwami.
Iyi ni iminsi ikomeye kuruta indi y’ubuzima bwacu Data. Kubera ko tuzi ko Uje kudutwara mu Rugo rwacu rw’Ahazaza hamwe na We. Tubitegerezanyije amatsiko menshi kubw’abera bagiye mbere yacu. Turabizi ko igihe tuzababona, igihe cyo kuza Kwawe kizaba kigeze… ICYUBAHIRO KIBE ICY’UWITEKA!!!
Turamaramaje kubw’uwo munsi, Data.
Mwene Data Joseph Branham.
Ibyanditswe byo gusoma mbere y’amateraniro:
Kuva 12:11 Uku abe ari ko muzazirya: muzazirye mukenyeye, mukwese inkweto, mwitwaje inkoni, muzazirye vuba vuba. Iyo ni yo Pasika y’Uwiteka.
Yeremiya 29:10–14 Ahubwo Uwiteka aravuga ati “Imyaka mirongo irindwi yahanuriwe i Babuloni nishira nzabagenderera, mbasohozeho ijambo ryanjye ryiza rituma mugaruka ino. Erega nzi ibyo nibwira nzabagirira! Ni amahoro si bibi, kugira ngo mbareme umutima w’ibyo muzabona hanyuma. Ni ko Uwiteka avuga. Kandi muzanyambaza, muzagenda munsenga nanjye nzabumvira. Muzanshaka mumbone, nimunshakana umutima wanyu wose. Nzabonwa namwe, ni ko Uwiteka avuga, kandi nzagarura abanyu bajyanywe ari imbohe, nzabakoranya mbakuye mu mahanga yose n’ahantu hose, aho nari narabatatanyirije, ni ko Uwiteka avuga, kandi nzabagarura aho nabakuje mukajyanwa muri imbohe.”
Luka 16:16 Amategeko n’abahanuzi byabayeho kugeza igihe cya Yohana, uhereye icyo gihe ni ho ubutumwa bwiza bw’ubwami bw’Imana bwigishirijwe, umuntu wese arabutwaranira.
Yohana 14:23 Yesu aramusubiza ati “Umuntu nankunda azitondera ijambo ryanjye, na Data azamukunda, tuzaza aho ari tugumane na we.
Abagalatiya 5:6 Muri Kristo Yesu gukebwa nta cyo kumaze cyangwa kudakebwa, ahubwo ikigira icyo kimaze ni ukwizera gukorera mu rukundo.
Ubu nicyo gihe. Ibi nibyo Byokurya. Turi ubwoko. Dufite Guhishurirwa.
Abandi bashobora kutamenya akamaro k’Umurimo w’Amakasete. Twe si uko. Ni ubuzima bwacu; ni buri kintu cyose kuri twe. Biruta ubuzima kuri twe. Igihe dufite ikibazo ku kintu runaka, ntabwo tujya kureba umuntu runaka kugira ngo abidusobanurire, cyangwa ngo abidushakire. Dukora neza neza nk’uko marayika w’Imana yadutegetse gukora igihe tugize icyo tunanirwa gusobanukirwa cyangwa dufite ikibazo.
Ese murabibona? Niba unaniwe, ongera ugaruke kuri iyi kasete. Ntabwo nzi niba muzamara nayo igihe kingana iki. Mwibuke, uku ni Ukuri, k’UKU NIKO UWITEKA AVUZE. Ni Ukuri. Ni Ibyanditswe.
Niba unaniwe, garuka kuri kasete.
Ntukaturakarire, uku niko YAVUZE…BYONGEYE KANDI, uku ni UKURI K’UKU NIKO UWITEKA AVUZE. Ntabwo yavuze ngo igice cya Ryo, bimwe muri Ryo, cyangwa igihe umuntu runaka arimo asobanura ibiri Jambo risizwe n’ibitariryo. AMAKASETE NI UKU NIKO UWITEKA AVUZE.
Ushobora kutabishyikira cyangwa kutabyumva, cyangwa ukaba utarabisobanukirwa. Ariko kuri twe, iki nicyo WE atubwira binyuriye mu muhanuzi Wayo.
Uko niko Imana, Kristo, irimo ikorera Itorero. Murabona? Irimo irarimenera amabanga, amabanga gusa. Atari aba basambanyi; ndavuga Umugore Wayo.
Kandi turimo turabyakira byose. Oh mbega uburyo Umugeni yishimye kandi asazwe n’umunezero aha mbere y’ubukwe. Biragoye kuba twaguma duhagaze dutuje. Turimo kubara iminota… amasegonda. Akomeza kutubwira inshuro nyinshi ko Adukunda.
Satani akomeje kudutera kuruta uko yigeze kubikora mbere, ariko icyo atari yiteze, ni uko twamaze KUMENYA abo turibo. Nta kongera gushidikanya ukundi, TURI IJAMBO RIVUZWE. Dushoboye kandi turabikora kuvuga Ijambo. Dufite igisubizo cyo guha Satani. Imana yarigaragaje Ubwayo. Imana yarihamirije Ubwayo. Turi Ijambo Ryayo rizima kandi tuvuga dukoresheje ububasha Yaduhaye.
kandi Nguyu hano uyu munsi, mu Ijambo Rye, agaragaza cya kintu kimwe Yakoze hariya. Umugeni nta wundi mutwe yakwemera. Oya, mugabo. Nta musenyeri, nta n’undi. Yemera Umutwe umwe, uwo ni Kristo, kandi Kristo ni Ijambo. Oh, mbega! Whew! Ibyo ndabikunda. Oh! Yego, mugabo.
Turi ab’Ubwami, kandi ubwo Bwami ni Ijambo ry’Imana rihindutse Umwuka n’Ubugingo mu buzima bwacu bwite. Kubw’ibyo, turi Ijambo Rye rizima.
Ibi nyakuri birabisobanuye BYOSE nshuti zanjye, NIBA MUFITE GUHISHURIRWA K’UKURI KO KUBYAKIRA NO KUBYIZERA.
Mwitegereze noneho, twunze ubumwe munsi y’Umutwe umwe, mu buryo bumwe, nk’urugero rwa Isiraheri ya Kera. Noneho murimo kubibona? Kimwe na Isiraheri ya kera; Imana Imwe, igaragajwe n’Inkingi y’Umuriro, kandi ikihishura Ubwayo binyuze mu muhanuzi, kubwo kuba Ijambo. Iyo Mana imwe, Inkingi y’Umuriro imwe, inzira imwe; ntabwo Ishobora guhindura inzira Yayo. Ni ibyo… Biratunganye mu buryo bwose bushoboka.
Umuhanuzi… Reka ibyo byinjire. Imana imwe, igaragajwe n’Inkingi y’Umuriro, binyuze mu muhanuzi, kubwo kuba Ijambo ry’icyo gihe, kandi Ikaba idahinduka.
Nashobora gukomeza kandi ngakomeza, ndetse twashobora kwishima kandi tugasabanira ku mirongo nyuma y’indi mirongo; kandi turaza kubikora, duturutse hirya no hino ku isi kuri iki Cyumweru I saa sita z’amanywa, ku isaha y’I Jeffersonville, mu gihe twumva: Kristo Ni We Bwiru bw’Imana Buhishuwe 63-0728
Bro. Joseph Branham
Ibyanditswe byo gusoma mbere y’amateraniro:
St. Matthew 16:15-17
15.Arababaza ati “Ariko mwebwe ubwanyu mugira ngo ndi nde?”
16.Simoni Petero aramusubiza ati “Uri Kristo, Umwana w’Imana ihoraho.”
17.Yesu aramusubiza ati “Urahirwa Simoni wa Yona, kuko umubiri n’amaraso atari byo byabiguhishuriye, ahubwo ni Data wo mu ijuru.
St. Luke 24th Chapter
1.Ku wa mbere w’iminsi irindwi, kare mu museke bajya ku gituro bajyanye bya bihumura neza batunganije.
2.Babona igitare kibirinduye kivuye ku gituro,
3.binjiramo ntibasangamo intumbi y’Umwami Yesu.
4.Bakiguye mu kantu, abagabo babiri bahagarara aho bari bambaye imyenda irabagirana.
5.Abagore baratinya bubika amaso, nuko abo bagabo barababaza bati “Ni iki gitumye mushakira umuzima mu bapfuye?
6.Ntari hano ahubwo yazutse. Mwibuke ibyo yavuganye namwe akiri i Galilaya ati
7.‘Umwana w’umuntu akwiriye kugambanirwa ngo afatwe n’amaboko y’abanyabyaha, abambwe maze azazuke ku munsi wa gatatu.’ ”
44.Maze arababwira ati “Aya ni amagambo nababwiraga nkiri kumwe namwe, yuko ibyanditswe kuri jye byose mu mategeko ya Mose, no mu byahanuwe no muri Zaburi bikwiriye gusohora.”
13.Ni we namwe mwiringiye mumaze kumva ijambo ry’ukuri, ari ryo butumwa bwiza bw’agakiza kanyu, kandi mumaze kwizera ni we wabashyizeho ikimenyetso, ari cyo Mwuka Wera mwasezeranijwe,
14.uwo twahawe ho ingwate yo kuzaragwa wa murage kugeza ubwo abo Imana yaronse izabacungura. Ubwiza bwayo bushimwe.
12.mushima Data wa twese waduhaye kuraganwa n’abera umurage wo mu mucyo.
13.Ni we wadukijije ubutware bw’umwijima, akadukuramo akatujyana mu bwami bw’Umwana we akunda.
14.Ni we waducunguje amaraso ye ngo tubone kubabarirwa ibyaha byacu.
15.Ni na we shusho y’Imana itaboneka, ni we mfura mu byaremwe byose,
16.kuko muri we ari mo byose byaremewe, ari ibyo mu ijuru cyangwa ibyo mu isi, ibiboneka n’ibitaboneka, intebe z’ubwami n’ubwami bwose, n’ubutware bwose n’ubushobozi bwose. Ni we wabiremye byose kandi rero ni na we byaremewe.
17.Yabanjirije byose kandi byose bibeshwaho na we.
18.Ni we Mutwe w’umubiri, ni we Torero kandi ni we Tangiriro, ni imfura yo kuzuka mu bapfuye kugira ngo abe uwa mbere uhebuje byose,
19.kuko Imana yashimye ko kuzura kwayo kose kuba muri we.
20.Kandi imaze kuzanisha amahoro amaraso yo ku musaraba we imwiyungisha n’ibintu byose, ari ibyo ku isi cyangwa ibyo mu ijuru.
21.Namwe abari baratandukanijwe n’Imana kera, mukaba mwari abanzi bayo mu mitima yanyu no ku bw’imirimo mibi,
23.niba muguma mu byo twizera mwubatswe neza ku rufatiro, mutanyeganyega kandi mutimurwa ngo muvanwe mu byiringiro biheshwa n’ubutumwa mwumvise, bwabwirijwe mu baremwe bose bari munsi y’ijuru, ari bwo jyewe Pawulo nahindukiye umubwiriza wabwo.
24.None nishimiye amakuba yanjye yo ku bwanyu, kandi ibyasigaye ku byo Kristo yababajwe mbishohoje ubwanjye mu mubiri wanjye ku bw’umubiri we ari wo Torero,