All posts by admin5

24-1110 Igisekuru cy’Itorero rya Tuwatira

Pesan: 60-1208 Igisekuru cy’Itorero rya TuwatiraKinyarwanda_

Pesan: Chapter 6 – Exposition of The Seven Church Ages book

BranhamTabernacle.org

Mukundwa Mugeni Urabagirana

Mbega uburyo Umwami arimo kuduhishurira y’uko mu bisekuru byose hagiye habaho itsinda rito ryagiye rigumana n’Ijambo Ryayo. Ntabwo bigeze bagwa mu mutego w’ibishuko  by’umwanzi, ahubwo bagumye ari abanyakuri n’abo kwizerwa ku Ijambo ry’igihe cyabo.

Ariko ntabwo higeze habaho igihe, cyangwa itsinda ry’abantu abo Umwami yigeze yishimira, cyangwa bari bamuteye ishema, kurusha twe. Turi Umugeni Umugore We Ntore utigeze kubaho, kandi igikomeye kurushaho, NTIDUSHOBORA, gushukwa; kubera ko twumva Ijwi ry’Umwungeri maze tukamukurikira.

Arimo kutwereka binyuze muri ibyo bisekuru ko habayeho amatsinda abiri y’abantu, bombi bahamya ko guhishurirwa kwabo kwaturutse ku Mana n’imibanire yabo n’Imana. Ariko Yaratubwiye ngo, Uwiteka azi abe. Agenzura ibitekerezo byacu. Azi ibiri mu mitima yacu. Abona imirimo yacu binyuze mu kugumana n’umuhanuzi n’Ijambo Ryayo, aricyo kigaragaza mu buryo budakuka ikiri imbere muri twe. Ikitugenza, Intego zacu bimenywa nawe igihe yitegereza buri gikorwa cyacu.

Aratubwira ngo buri masezerano yahaye buri gisekuru, ni AYACU. Aratureba twe abakomeza gukora imirimo Ye n’ubudahemuka kugeza ku iherezo. YADUHAYE gutwara amahanga. Atubwira ko dukomeye, dushoboye , abatware bakomeye bashobora guhangana mu buryo bw’imbaraga na buri kibazo cyose. Habe n’umwanzi w’icyihebe kurusha abandi azavunagurika nibiba ngombwa.  Kwerekana ubutware bwacu binyuze mu mbaraga Ze bizaba kimwe kuri buri Mwana. ICYUBAHIRO KIBE ICY’IMANA!!

Twakiriye uburebure bw’Imana mu buzima bwacu. Ni imyitozo y’Umwuka w’Imana utura muri twe ku muntu ku giti cye. Ibitekerezo byacu bimurikiwe n’ubwenge n’ubumenyi bw’Imana binyuze mu Ijambo Ryayo.

Tujya aho Umukwe ari hose. Ntabwo Azigera adusiga. Ntabwo tuzigera tuva mu ruhande Rwe. Tuzambikwa ikamba kubw’ubwiza n’Icyubahiro Bye.

Yaduhishuriye uburyo umwanzi ushukana yagiye amera muri buri gisekuru n’uburyo ari ingenzi  KUGUMANA N’IJAMBO RYE RY’UMWIMERERE. Nta Jambo na  rimwe rishobora guhindurwa. Buri gisekuru bagiye bongera kandi bagakura kuri Ryo, bagashyira ubusobanuro bwabo bwite ku Ijambo ry’umwimerere; kandi barazimiye by’iteka kubwo gukora batyo.

Mu Gisekuru cy’Itorero rya Tuwatira, iyo myuka iyobya yavugiye muri papa w’I Roma maze ahindura Ijambo Ryayo. Abigira ko ari “umuhuza umwe hagati y’Imana n’umuntu (atari abantu)” Noneho ubu niwe uri hagati y’umuhuza n’abantu. Ni muri ubwo buryo, gahunda yose y’Imana yahinduwe; atari uguhindura ijambo rimwe, ahubwo guhindura INYUGUTI IMWE. Satani yahinduye ahari “E (aba)” iyigira “A (Umu)”

Buri Jambo rizagenzuzwa Ijambo Ryayo ry’Umwimerere ryavuzwe ku makasete. Kubw’ibyo, Umugeni Wayo AGOMBA kugumana n’amakasete. Mugihe umwanzi agerageza guca abantu intege abaha guhunda ihabanye, ibitekerezo bihabanye, inyuguti itandukanye, Umugeni AZAGUMANA N’IJAMBO RY’UMWIMERERE.

Muri buri gisekuru Yesu yigaragazaga Ubwe hamwe n’intumwa y’icyo gisekuru. Bakiraga uguhishurirwa kw’Ijambo ry’icyo gisekuru. Uku guhishurwa kw’Ijambo gusohora intore y’Imana mu isi kandi kukayinjiza mu bumwe bwuzuye na Yesu Kristo.

Yahamagaye kandi Yeza abantu benshi kugira ngo babe umugisha ku itorero, ariko Yo UBWAYO  ifite INTUMWA IMWE  yahamagaye kugira ngo IYOBORE itorero Ryayo binyuze mu Mwuka Wera Wayo. Hariho IJWI RIMWE rifite Uku Niko UWITEKA Avuze. Hariho IJWI RIMWE Izaducira urubanza ikoresheje. Hariho IJWI RIMWE Umugeni Wayo ashingiraho aho agiye h’iteka. IRYO JWI NI IJWI RY’IMANA RIRI KU MAKASETE.

Mugeni, ubushake bw’Imana kuri twe ni Ugutungana, kandi mu maso Ye, TURATUNGANYE. Kandi uko gutungana ni ukwihanga, dutegereje Imana…. Kandi gutegereza Imana. Yatubwiye ko ari inzira yo gutuma umuco wacu ukura.  Dushobora kugira ibigeragezo, ibipimo n’amagorwa, ariko gukiranuka ku Ijambo Rye gutera kwihangana muri twe kugira ngo tube dutunganye kandi twuzuye, nta na kimwe tubura.

Ntabwo tuzigera twibagirwa ko KWIZERA kuzanwa no kumva, kumva Ijambo, kandi Ijambo riza ku muhanuzi.

Ngwino kandi wakire ku munezero ukomeye w’ubuzima bwawe mu gihe wicara hamwe natwe ahantu ho mu Ijuru mu gihe twumva Ijwi ry’Imana rituzanira Ijambo ku: Igisekuru cy’Itorero rya Tuwatira 60-1208 I Saa Sita z’amanywa. Ku isaha y’I Jeffersonville.

Mwene Data Joseph Branham

24-1103 Igisekuru cy’Itorero rya Perugamo

Ubutumwa : 60-1207 Igisekuru cy’Itorero rya Perugamo

Chapter 5, Exposition of the Seven Church Ages (book)

BranhamTabernacle.org

Mukundwa Mugeni Mwari Utanduye

Ese urimo kuryoherwa n’Ibisekuru Birindwi by’Itorero? Imana irimo iraha Umugeni Wayo ububyutse kurusha uko byari bimeze mbere. Arimo kuduha Guhishurirwa kuruseho, Kwizera kurushaho, ndetse no guhamirizwa mu kumenya abo turibo, n’icyo turimo gukora mu kugumana n’Ijambo, Inzira Yayo yateguye uyu munsi.

Noneho Aratubwira ngo: “Guhera mu materaniro yo Kucyumweru gukomeza, mwambare ibitekerezo byanyu by’umwuka. Reka Umwuka Wera abicengezemo imbere maze afate gusobanura k’umwuka muri byose ngiye gukora. Ni Ukunyeganyeza k’Umwuka Wanjye binyuze mu Muhanuzi Wanjye wa Malaki 4”.

Reka dusome kandi dufate amwe mu Magambo Ye maze dukoreshe gutekereza kwacu k’umwuka kuri yo

Imana ishyiraho umuyobozi wuzuye Umwuka Wera akayobora itsinda Ryayo ryuzuye Umwuka: marayika Wayo; Maze Ikamushyiraho ikimenyetso cy’izina, ariko ntagomba kurihishura. Agomba kurigumana ubwe. Murabona? Nta muntu n’umwe urizi, usibye we ubwe.

Rero Imana yahaye Umugeni Wayo umuyobozi wuzuye Umwuka kubw’itsinda Ryayo ryuzuye Umwuka. UMUYOBOZI, ATARI ABAYOBOZI kubw’itsinda Ryayo ryuzuye Umwuka.

Agiye kuza mu isi bidatinze, uwo marayika ukomeye w’Umucyo ugomba kuza kuri twe, uzadusohora, Umwuka wera ukomeye Aza afite imbaraga, Uzatuyobora ku Mwami Yesu Kristo.

Marayika ukomeye w’Umucyo. Ni nde marayika ukomeye w’Umucyo kuri iki gisekuru cyanyuma? William Marrion Branham. Ntabwo arimo avuga Umwuka Wera. Yamaze kuza kandi avuga ko azaza.

Uwo UZADUSOHORA HANZE. Tuzi nyakuri kandi twizera ko ari Umwuka Wera uzatuyobora, ariko Ishyira mu buryo bweruye marayika Wayo n’Umwuka Wera hamwe maze Ikavuga ngo We(Umwuka Wera Wayo) Uzatuyobora (BINYUZE MURI) marayika Wayo ukomeye w’Umucyo.

Yakomeje kubahuza mu kuvuga ngo:

Birashoboka ko atazabimenya

Ntabwo avuga ko Umwuka Wera utazamena uwo Uriwe, ariko marayika Wayo intumwa wo ku isi uwo yatoranije kugira ngo ADUSOHORE HANZE.

ariko Azaba iri hano umwe muri iyo minsi. Azakora… Imana izamumenyekanisha. Ntazaba akeneye kwimenyekanisha, kuko Imana izamumenyekanisha. Imana izahamiriza abayo. 

Indi nshuro, Ntabwo Ivuga ko Umwuka Wera azaba ari hano UMWE MURI IYO MINSI, ahubwo marayika Wayo ukomeye w’Umucyo kugira ngo ayobore Umugeni Wayo. Ntabwo agomba kwimenyekanisha ubwe, Imana izamenyekanisha umuyobozi Wayo ukomeye ku Mugeni Wayo binyuze mu GUHISHURIRWA.

Ese murimo gushyikira uko gusobanura k’umwuka? Mubasha kubona uwo marayika w’Umucyo uwo ari we uwo Imana yatoranije kugira ngo ayobore Umugeni Wayo? Ese hano hari ubwo havuze ko inkoni yahawe abandi bayobozi?

Ntuzigera ubaho imibereho iri hejuru kurusha umushumba wawe! Ibyo mubyibuke  ! Murabona.

Mugihe abandi bashobora kutadusobanukirwa kandi bakadusuzugura, mbega uburyo twishimye kandi dushimira byimazeyo kuko turi mu Guhishurirwa iyo tuvuga ngo, WILLIAM MARRION BRANHAM NI PASTERI WACU.

Noneho kubera ko buri bumwe muri ubu butumwa bubwirwa “marayika” (intumwa y’umuntu), inshingano zikomeye cyane ndetse n’amahirwe atangaje niwe bigenewe.

Ubutumwa bwohererejwe marayika Wayo, hanyuma marayika Wayo abuha Umugeni; atari mu bukozi gusa, ahubwo UMUGENI WAYO WESE kandi buri kuri kasete kubwa bose kugira ngo babwumve. Ntabwo bushobora kongerwaho cyangwa ngo bukurweho, kandi NTA BUSOBANURO bukeneye.

Araje bidatinze, kandi igihe Azazira, ni wowe Azazaho bwa mbere, Akagucira urubanza Akurikije Ubutumwa bwiza wabwirije, kandi tuzaba turi  abo uyobora.“ Ndavuga nti: “Ushatse kuvuga ko ari nge uzabazwa bariya bantu bose?” Aransubiza ati: “Buri wese muri bo. Wavukiye kugira ngo ube umuyobozi.”

Igihe umunsi ukomeye w’urubanza uje, Abanza kuza kuri marayika We ukomeye w’Umucyo kandi azamucira urubanza mbere akurikije ubutumwa yabwirije. Turi abo AYOBORA. Ashinzwe buri umwe wese muri twe kuko yari uwo Imana yatoranije kuba UMUYOBOZI.

Mushyire gusobanukirwa k’umwuka kuri ibyo. Tuzacirwa urubanza bigendeye kucyo marayika w’Imana yavuze. Noneho, urashaka gushingira amahirwe y’ubugingo bwawe bw’iteka ugendeye kucyo undi muntu avuga ko YAVUZE mu gihe washobora kucyiyumvira biturutse kuri YO?

Nigute umuntu yashobora kwizera ko hari UBUKOZI BW’INGENZI CYANE BURUTA ICYAVUZWE HANO KURI KASETE. Niba wizera ibyo, cyangwa ukaba warabyemejwe no gutekereza, byaba byiza ugarutse ku IJAMBO RY’UMWIMERERE; kubera ko uzacirwa urubanza bagendeye ku magambo ari ku makasete. Mugumane n’Ijambo nkuko ryavuzwe.

Ariko uyu Muhanuzi azaza, kandi nk’uko Integuza yo kuza kwa mbere yarangururaga igira ngo: “Dore Umwana w’intama ukuraho ibyaha by’abari mu isi”, na we azarangurura nta gushidikanya ngo: “Nguyu Umwana w’intama w’Imana uje mu cyubahiro ke.” Azakora ibi, kuko, nk’uko Yohana yari intumwa y’ukuri ku batoranijwe ni nako uyu ari intumwa ya nyuma ku Mugeni watoranijwe ndetse wabyawe n’Ijambo.
.

Ari we uzatumenyesha Umwami Yesu? Marayika Wayo ukomeye w’Umucyo, William Marrion Branham.

Muze mube Umwari Mugeni Utanduye hamwe natwe mu gihe twumva marayika Wayo intumwa ukomenye atuzanira Guhishurirwa kuruseho, Kucyumweru Saa Sita z’Amanywa. Ku isaha y’I Jeffersonville, mu gihe twumva Ubutumwa 60-1207 – “Igisekuru cy’Itorero rya Perugamo”.

Mwene Data Joseph Branham

24-1027 Igisekuru cy’Itorero ry’I Simuruna

Ubutumwa : 60-1206 Igisekuru cy’Itorero ry’I Simuruna

Exposition of The Seven Church Ages (book) :

BranhamTabernacle.org

Mukundwa Mugeni Wuzuye Umwuka

Hariho itsinda rimwe gusa ry’abantu; itsinda ridasanzwe ry’abantu, bashobora kumva icyo Umwuka avuga muri iki gisekuru cyanyuma. Ni itsinda ridasanzwe ryakiriye Guhishurirwa kw’iki gisekuru. Iryo tsinda ni iry’Imana. Itsinda ridashobora kugira icyo ryumva kitari icy’Imana.

Itsinda rishobora kumva kandi ryumva icyo Umwuka arimo kuvuga rikakira Guhishurirwa k’Ukuri. Abo bafite Umwuka w’Imana nitwe. Nitwe twabyawe n’Imana kandi tubatizwa n’Umwuka Wera. Turi Umugeni We Wuzuye Umwuka wakiriye Guhishurirwa kw’igisekuru cyacu.

Gukandaho Bikavuga ni iki bisobanuye kuri twe? GUHISHURIRWA! Ni ukumva, kwakira no kugumana n’Inzira Imana yateguye kubw’uyu munsi. Ijwi nyirizina ry’Imana rivugana n’Umugeni Wayo umunwa ku gutwi. Ni Umwuka Wera uvugana n’imitima yacu n’ubugingo.

Tuziko Imana ikoresha abantu basizwe n’Umwuka Wayo mu kuvuga, ariko nta handi hantu wakumva Uku Niko Uwiteka Avuze uretse binyuze mu Gukandaho Bikavuga maze ukumva IJWI rya marayika Wayo wa karindwi, William Marrion Branham. Niryo Jwi ry’Imana ryonyine ryahamirijwe n’Umwuka Wera Ubwe. We ni Ijwi ry’Imana, umuhanuzi w’Imana, pasteri w’Imana, kuri twe, ndetse no ku isi.

Igihe avuze, turavuga AMEN kuri buri Jambo; kubera ko ni Imana Ubwayo ivugana natwe. Ijambo Ryayo niryo Jambo ridakeneye ubusobanuro. Ni Imana ikoresha ijwi rye kugira ngo ivugane n’Umugeni Wayo.

Ni Imana Ubwayo Itubwira ngo, “Bana Banjye, ntabwo ari mwe mwantoranije, Ahubwo ninjye wabatoranije. Mbere y’uko habaho n’agace gato k’umukungugu; mbere yuko namenyekana kuri mwe nk’Imana yanyu, Narabamenye. Mwari mu Bitekerezo Byanjye, mwariho mu Bitekerezo Byanjye by’iteka. Muri Umugeni Wanjye Imbuto Jambo Rivuzwe ufatika  “

Nubwo mwahoze mu Bitekerezo Byanjye by’iteka, ntabwo nigeze mbagaragaza kugeze mu gihe cyanjye nateguye kandi nkagena. Kubera ko Namenye ko muzaba itsinda Ryanjye ridasanzwe rishobora kugumana n’Ijambo Ryanjye. Abandi bose barananiwe, ariko namenye ko mwe mutananirwa.

Ndabizi ko mutotezwa kandi bakabakoba kubera ko mwagumanye n’umuhanuzi Wanjye, ariko muri Umuzabibu Wanjye w’ukuri utarateshutse ku Ijambo Ryanjye, ahubwo mwagumye gukiranuka no kuba abizerwa ku muhanuzi Wanjye ariwe uvuga Amagambo Yanjye.

Hariho abandi benshi bigishijwe neza, ariko batitaye igihe cyose ku buryo ari ngombwa kuvuga gusa icyo Navuze nyuriye mu ntumwa Yanjye.”

Mbega ukuntu tugomba kwitwararika kumva ijwi rimwe rukumbi, kuko Umwuka afite ijwi rimwe gusa, ari ryo Jwi ry’Imana.

Yoo! Mbega ukuntu ari ingirakamaro kumva Ijwi ry’Imana rinyuze mu ntumwa Zayo, maze zikavuga icyo zahawe kubwira amatorero!

“Ijambo Ryanjye ryagiye igihe cyose riza ku muhanuzi Wanjye, ariko muri iyi minsi, mfite Ijwi Ryanjye ryafashwe ku makasete rero NTA  AMAKOSA ari kucyo nabwiye Umugeni. Hariho umurongo umwe gusa ugororotse, inkoni imwe gusa, kandi uwo ni IJAMBO  Navuze binyuze muri marayika Wanjye. Nkuko biri muri buri gisekuru, umuhanuzi Wanjye ni Ijambo ry’igihe. “

Amakasete, Ijwi Ryayo, ni urwandiko rw’urukundo kuri twe. Mu gihe umwanzi yarugashaho kudukubita hasi binyuze mu bigeragezo byacu no kurenganywa n’imibabaro, Yohereje marayika Wayo ukomeye kugira ngo atubwire ko ari nta kindi uretse urukundo rw’Imana Rutoranya kuri twe, ruduhamiriza ko Yadutoranije kuburyo tudashobora kunyeganyezwa.

Umugambi Wayo ukomeye ni nyuma y’uko tumaze kubabazwa akanya gato, Azadutunganya, atugaragaze kandi atwambike imbaraga. Yatubwiye ko habe n’Umwami wacu Yesu yatunganijwe n’imibabaro Ye. Mbega umugisha Yadusigiye. Kubw’imibabaro yacu, Abasha natwe kutugeza mu gutungana.

Yubaka imico muri twe binyuze mu bigeragezo no kurengana Kwacu. Kubera ko imico yacu ntabwo ishobora kubaho nta kubabazwa. Rero, kubabazwa kwacu ni UKUNESHA kuri twe, kandi ntabwo ari impano. 

Ni gute twakerekana urukundo rwacu tumukunda?

·        Mu kwizera icyo Avuze.

·        Kugumana n’Ijambo Rye.

·        Kugendana umunezero mu bigeragezo no kurenganywa kwacu, ibyo We, mu bwenge Bwe, yemerera ko bibaho.

Mbega uburyo Azamura umwuka wacu kubwo kumva Ijambo Rye. Ijwi Rye rikomeza ubugingo bwacu. Igihe Dukanzeho Bikavuga maze tukumva arimo Avuga, imitwaro yacu yose ihita iterurwa. Ntidushobora no kwiyumvisha ubutunzi butubikiwe aho hejuru binyuze muri ayo makuba yacu yose.

Oh, Mugeni wa Yesu Kristo, mbega uburyo nishimye kuba Umwe muri Bo hamwe na buri wese muri mwe. Mbega umunezero wuzuye umutima wanjye kubwo kumenya ko yaduhaye Guhishurirwa kw’Ijambo Ryayo. Igihe Atubwiye ko izaba yegeranye kugeza naho yayobya n’intore iyo biba bishoboka, Yaduhaye GUHISHURIRWA K’UKURI.

Ngwino, tujye hamwe mu Mwuka kuri iki Cyumweru I Saa Sita z’Amanywa, ku isaha y’I Jeffersonville, mu gihe twumva Ijambo ritunganye: 60-1206 — Igisekuru cy’Itorero ry’I Simuruna.

Mwene Data Joseph Branham

24-1020 Igisekuru cy’Itorero rya Efeso

Ubutumwa: 60-1205 Igisekuru cy’Itorero rya Efeso

BranhamTabernacle.org

Mukundwa Mugeni w’Ukuri

Mbega ibihe byiza turimo kugira mu gihe Ubuzima Bwe burimo butembera kandi busunika imbere muri twe, biduha  ubuzima. Adahari, nta buzima bwaba buhari. Ijambo Rye niryo guhumeka kwacu.

Kuri uyu munsi wuzuyeho umwijima, turi itsinda ry’igisekuru cyanyuma ryahagurutse; Umugeni Wayo w’ukuri wo mu minsi yanyuma uwo ushobora gutega amatwi gusa Umwuka, Ijwi ry’Imana ry’igihe cyacu.

Mbega uburyo dukunda kumwumva arimo atubwira ngo, “Kuri Njye, mugereranywa n’izahabu nziza yatunganijwe. Gukiranuka Kwanyu niko  Gukiranuka Kwanjye. Ibibagize nibyo bingize by’igiciro. Muri Umugeni Wanjye w’Ukuri ukundwa. “

Mu gihe urugamba rwacu rusa nkaho rugenda rukomera kurushaho buri cyumweru, Dukandaho gusa Bikavuga kugira ngo tumwumve Avugana natwe mwituze kandi Atubwira ngo, “Ntimutinye, mukwiriye Ubutumwa Bwanjye Bwiza. Muri ikintu cyiza cy’umunezero. Nkunda kubitegereza mu gihe munesha buri mwanzi muri byo bigeragezo byanyu no mu bipimo by’ubu buzima.'”

Mbona ibyo bise byanyu by’urukundo; ni umuhamagaro ukomeye mubuzima bwanyu wo kunkorera. Namenye mbere y’uko imfatiro z’isi zibaho y’uko muzamenya marayika Wanjye ukomeye uwo Nagombaga kohoreza kuba Ijwi Ryanjye kuri mwe; uburyo mudashobora gushukwa n’ibyo birura biteye ubwoba byaje aho bihamya ko bifite guhishurirwa guhwanye n’ukwe. Ntabwo mwashoboraga kuva ku Ijambo Ryanjye, habe na gato, HABE N’AKADOMO GATO. Mugumana n’Ijambo ryanjye, Ijwi Ryanjye.

Mushobora kubishyikira igihe Ndimo mbahishurira Ijambo Ryanjye uburyo Umuzabibu w’Ukuri n’Umuzabibu w’ikinyoma yatangiriye mu Ngobyi ya Edeni yagomba gukomeza kumera aho mu bisekuru.

Icyatangiye mu itorero rya mbere cyagombaga gukomeza aho muri buri gisekuru. Uburyo mu gisekuru cya mbere, umuzabibu w’ikinyoma wa Satani watangiye gucengeramo, maze urwanya abalayiki ikoresheje uwo mwuka w’abanikolayiti. Ariko mbega uko nkunda ko arimwe gusa, Mugeni Wanjye natoranije, utazigera ashukwa

Iki cyumweru, Ndagaragaza neza Ijambo Ryanjye muri mwe kubwo guhishura ubwiru bukomeye bw’urubyaro rw’inzoka. Ndabibahishurira mu buryo burambuye  ibyabaye mu ngombyi ya Edeni; uburyo Satani yimvanze mu nyoko muntu.

Ndaba mfite ibitekerezo by’umunezero kubwo kumenya ko Njye, Giti cy’Ubugingo mu Ngobyi ya Edeni, icyo kitashoboraga kwegerwa kugeza ubu kubera kugwa kw’Adamu, ubu mukaba mwaragihawe, Mwe Abanesha.

Iyi niyo ngororano yanyu. Nzabaha uburenganzira kuri Paradizo y’Imana; ubusabane buhoraho hamwe Nanjye. Ntabwo muzigera mutandukana Nanjye. Aho njya hose, mwebwe, Umugeni Wanjye niho muzajya. Muri Abanjye, Nzasangira namwe, Abakundwa banjye.

Mbega uburyo imitima yacu yitera hejuru muri twe mu gihe dusoma aya magambo. Tuziko gusohora kw’amasezerano kuri kwihuta cyane, kandi dutegerezanyije amatsiko. Reka twihutire cyane kubaha Ijambo Ryayo no guhamya ko dukwiriye gusangira kubwiza Bwe.

Ndifuza kubatumira kuza kwifatanya natwe mu gihe dukomeza inyigisho yacu ikomeye ku Bisekuru Birindwi by’Itorero, aho Imana irimo iduhishurira Ijambo Ryayo binyuze mu nzira Yayo yagenwe mbere, intumwa marayika Wayo wa karindwi.

Mwene Data Joseph Branham

Kucyumweru Saa sita z’amanywa, ku isaha y’I Jeffersonville.

60-1205 Igisekuru cy’Itorero rya Efeso

24-1013 Iyerekwa ry’i Patimo

Pesan: Iyerekwa ry’i Patimo 60-1204E

BranhamTabernacle.org

Mukundwa Mugeni Jambo Ritunganye,

Ni ibiki birimo kuba mu mugeni hose ku isi? Turimo turajya mu Mwuka, turahaguruka kandi tukarangurura ngo “Icyubahiro kibe icy’Uwiteka! Haleluya! Muhimbaze Uwiteka!” Imana irimo iratujyana kandi Irimo irahishurira Umugeni Wayo Ijambo Ryayo.

Ibintu twagiye dusoma kandi twumva ubuzima bwacu bwose ubu birimo biragaragara. Kwihuta gukomeye kurimo kurabaho. Turimo turamurikirwa n’Ijambo kuruta uko byigeze kubaho mbere.

Twumva imbere aho mu bugingo bwacu. Hari ikintu gitandukanye, hari ikintu kirimo kubaho. Twumva Umwuka Wera arimo kudusiga, yuzuza imitima yacu n’ibitekerezo Ijambo Rye.

Dushobora kumwumva avugana natwe: Umwanzi arimo arabarwanya cyane kuruta uko byigeze mbere, ariko ntimutinye bana bato, MURI ABANJYE. Mbaha urukundo Rwanjye, umwete n’ubushobozi. Muvuge gusa Ijambo, kandi nzarikora. Ndi kumwe namwe igihe cyose.

Mu kwiga kwacu gukomeye ku Guhishurirwa kwa Yesu Kristo, dutegerezanyije amatsiko buri cyumweru icyo Agiye kuduhishurira gikurikiraho. Ijambo Rye nibwo buhungiro bwacu bwonyine , amahoro no guhumurizwa. Dutega amatwi n’ubwitonzi tukongera ndetse tukongera. Buri gika dusomye, tuba dushaka gusakuza no gutera hejuru mu gihe Ijambo rifungurirwa imbere y’amaso yacu. Kwizera kw’Izamurwa kurimo kuraza ku Mugeni, kuzura ubugingo bwacu.

Tekereza, nta hantu mu isi bigusaba kujya, ahubwo biri ku mitwe y’intoki zawe, kumva Ijwi ry’Imana rivugana nawe kandi riguhishurira Ijambo Ryayo.

Mbega uburyo Imana yakuyeho igitwikirizo, Ikakigizayo, maze ikemerera Yohana kurebamo kandi akabona icyo buri gisekuru cy’itorero cyajyaga gukora, maze akabyandika mu Gitabo nuko akakitwoherereza. Hanyuma, igihe kuzura kw’igihe kuje, Imana ikatwoherereza marayika Wayo wa karindwi ukomeye kugira ngo Abivuge, kandi ahishure icyo Ibyo byose bisobanuye.

Yohana yanditse ibyo yarebaga, ariko ntabwo yari azi icyo bisobanuye. Yesu nawe igihe yari hano ku isi ntabwo yari abizi. Nta n’umwe aho hose mu bisekuru wigeze abimenya, kugeza uyu munsi, iki gihe, ubu bwoko, TWEBWE, Umugeni Wayo.

Mbega uburyo Yaduhishuriye ko ariya matabaza arindwi yarimo avoma ubuzima n’umucyo biturutse mu bigize urwo rwabya rukuru. Yatubwiye uburyo yose yari afite intambi zayo zijanditswemo aho. Buri ntumwa y’igisekuru yabaga igurumanishwa n’Umwuka Wera hamwe n’urwo rutambi rwibijwe muri Kristo, rukurura ubwo buzima nyirizina bwa Kristo maze Bakamurikira itorero uwo Mucyo. Kandi noneho, intumwa yacu y’igihe cyanyuma, ikomeye kurusha izindi ntumwa zose, afite ubwo buzima bumwe n’uwo Mucyo umwe ugaragazwa n’ubuzima bwari buhishwanywe na Kristo mu Mana.

Hanyuma marayika wacu ukomeye atubwira ko atari intumwa gusa zarimo aho, AHUBWO BURI WESE MURI TWE NAWE YARIMO, abizera nyakuri b’Imana. Buri wese muri twe yari ahagarariwe hariya mu buryo bukomeye. Buri wese muri twe avoma kuri iyo soko imwe n’intumwa. Twese twibijwe muri urwo rwabya rumwe. Twarapfuye kubwacu n’ubuzima BWACU buhishwe hamwe, ndetse muri, Kristo Yesu Umwami wacu.

Mbega uburyo adutera umwete kubwo kuvuga ngo ntawe ushobora kutuvumvunura mu Kigangza cy’Imana. Ubuzima Bwacu ntibushobora guhungabana. Ubuzima bwacu bugaragara buragurumana ndetse burarabagirana, butanga umucyo kandi bugaragaza Umwuka Wera. Ubuzima bwacu bw’imbere butagaragara buhishwe mu Mana kandi bugaburirwa n’Ijambo ry’Umwami.

Urugamba rurashyushye. Umwanzi ari kurwana inkundura kurusha uko byigeze mbere, agerageza uko ashoboye kuba yaduca intege, akadukubita hasi, ariko ntashobora kubigeraho. Imana Ubwayo ivugana natwe binyuze mu minwa y’umuntu maze ikatubwira ko, TURI UMUGENI WAYO UWO YATORANIJE, kandi binesha satani IGIHE CYOSE.

Umwami wacu Utunganye, Abwira Ijambo Rye Ritunganye, Agaha amahoro Atunganye, Umugeni We Utunganye.

Nkuko bigenda igihe cyose, ndatumira isi kugira ngo ize yinike intambi zabo muri urwo RWABYA RUKURU, ubu Butumwa, ubwo bwahunitswe kandi bukarindirwa Umugeni. Tuzaba turimo kurangurura kandi dutera hejuru I saa sita z’amanywa ku I Saha y’I Jeffersonville, mu gihe twumva Ijwi ry’Imana rivuga kandi riduhishurira icyabaye mu: Iyerekwa ry’i Patimo 60-1204E.

Mwene Data Joseph Branham

24-1008 Ihishurwa Rya Yesu Kristo

Ubutumwa : Ihishurwa Rya Yesu Kristo 60-1204M

BranhamTabernacle.org

Mukundwa Musirikare w’Imana Utaneshwa

Turi babandi bamwe Data yatoranije kandi akabaha GUHISHURIRWA K’Uwo Ariwe k’Ukuri; Mwe kandi Mwe Mwenyine TORERO Rye RY’UKURI. Mwebwe abo Yatoranirije gukora IMIRIMO IKOMEYE. Kubera ko kubw’Umwuka We, dushobora kurondora kandi tukarwanya umwuka w’antikristo wa Satani. NTA MBARAGA AFITE imbere YACU, kubera ko turi Ingabo Z’Imana Zidatsindwa

Satani yanga guhishurirwa kose, ARIKO TWE TURAGUKUNDA; kubera ko turi abakunzi b’Ijambo ry’Imana rihishuwe. Hamwe no Guhishurirwa k’ukuri mu buzima bwacu, amarembo y’ikuzimu ntashobora kutunesha; tunesha umwanzi. Buri dayimoni yose iri munsi y’ibirenge byacu. Turi Umwe na We kandi dushobora kuvuga Ijambo, kubera ko turi Ijambo Rye.

Umwami yabishyize ku mutima wanjye kubwacu ko twiga kandi tukumva Ibihe Birindwi by’Itorero. Bigiye kuba Ibyumweru by’Urwandiko Rudasanzwe kuri buri wese muri twe. Azaba arimo kuduhishurira Ijambo Rye kuruta uko byigeze mbere, kubw’imbaraga Zayo zikomeye.

Noneho iki nicyo gihe. Noneho uyu niwo mwanya. Azaba arimo adukangura, Adutera umwete, kubwo kuduha Gushagurutswa no Guhishurirwa, kandi bizatera ubugingo bwacu kugurumana!!

Guhishurirwa kwa Yesu Kristo ni Igitabo cy’ubuhanuzi icyo gishobora kumvwa gusa n’igice cy’abantu b’urwego runaka abo bafite imirebere ya gihanuzi, TWE, Umugeni We. Bisaba Guhishurirwa k’UKURI kumenya ko urimo gusoma kandi ukumva Ijwi ry’Imana rivuye ku ntumwa Yayo marayika watoranijwe, uduha amabwiriza y’indengakamere.

Ni Uguhishurirwa kwa Yesu Kristo uko kwahawe Yohana kubw’Abakristo b’ibihe byose. Nicyo gitabo cyonyine muri Bibiliya yose cyanditswe na Yesu Ubwe, binyuze mu kwiyereka Ubwe umwanditsi

Ibyahishuwe 1:1-2
Ibyahishuwe na Yesu Kristo, iby’Imana yamuhereye kugira ngo yereke imbata ze ibikwiriye kuzabaho vuba, agatuma marayika we, na we akabimenyesha imbata ye Yohana,
Uhamya ibyo yabonye byose, ari Ijambo ry’Imana no guhamya kwa Yesu Kristo.

Igitabo cy’Ibyahishuwe ni ibitekerezo by’Imana kandi byanditswe n’Imana Ubwayo. Ariko Yabyoherereje  kandi ibisobanurira umugaragu Wayo Yohana binyuze muri marayika Wayo. Yohana ntabwo yigeze amenya ubusobanuro Bwabyo; yanditse gusa ibyo yarebaga kandi akumva.

Ariko uyu munsi, Imana yohereje marayika Wayo ukomeye ku isi kugira ngo ahishurire Umugeni Wayo uku Guhishurirwa Gukomeye, kugira ngo tubashe gusoma kandi twumve ibyagiye biba mu bisekuru byose by’itorero. Twashobora kubona umukumbi Wayo muto wagumanye n’Ijambo kandi ukarikiranukira  muri buri gisekuru.

Imana yavugiye muri marayika Wayo maze Ivuga ko muri iyi minsi  yanyuma, igihe Ijwi ry’intumwa y’igisekuru cya karindwi rizatangira kurangurura, Izahishura ubwiru bw’Imana nkuko Imana yahishuriye Pawulo. Abo bakira uyu muhanuzi mu izina rye bazakira imigisha ya ministeri y’umuhanuzi.

Icyubahiro kibe icy’Uwiteka, turi Umugeni w’Imana Ukandaho Bikavuga uwo wakiriye uwo muhanuzi mu Izina Rye, kandi turimo kwakira iyo migisha. Twizeye ko ari Ijwi ry’Imana ririmo kuvuga kandi rikayobora Umugeni Wayo.

Oh Torero, ibyo tugiye gusoma kandi tukumva mu byumweru bije. Kuri Yo, tumeze nk’Izahabu Yayo NZIZA. Icyo Iricyo, nicyo turicyo. Turi Umuzabibu Wayo w’Ukuri. Twaranesheje. Twaratunganijwe, dushyirwaho, turakomezwa. Twatoranijwe n’Urukundo Rwayo rwo Gutoranya. Nta gihari cyo gutinya. Turi itsinda ryumva intumwa n’Ubutumwa bwayo kandi rikabufata rikabeshwaho Nabwo.

Buri Cyumweru tuzaba turi kuvuga ngo, “Ese Imitima yacu ntigurumanaga muri twe mu gihe Yavuganaga na twe Aduhishurira Ijambo Rye turi mu nzira”.

Niba wifuza kumva usizwe n’Umwuka Wera Wayo, akira kurushaho Guhishurirwa kw’Ijambo ry’Imana, kandi turashaka kwicara imbere y’Umwana kugira ngo dukomere, kandi twakire Kwizera kw’Izamurwa, ngwino wiyunge natwe Kucyumweru I saa sita z’amanywa ku isaha y’I Jeffersonville, mu gihe dutangira inyigisho yacu ikomeye: Ihishurwa Rya Yesu Kristo 60-1204M.

Mwene Data Joseph Branham

Ndashaka kugutera umwete wo kumva, cyangwa gusoma, buri cyumweru mu Gitabo cy’Ibihe Birindwi, Igice twumvise buri Kucyumweru.

24-0929 Urufunguzo Rw’Umuryango

Ubutumwa : 62-1106 Urufunguzo Rw’Umuryango

BranhamTabernacle.org

Bakundwa Abafite Urufunguzo Rwo Kwizera

“Ninjye Muryango w’intama. Ndi Inzira, Inzira yonyine, Ukuri, n’Ubugingo, kandi nta muntu wagera kuri Data keretse anyuze kuri Njye. Ndi Umuryango w’ibintu byose, kandi kwizera ni urufunguzo rufungura Umuryango kugira ngo mubashe kwinjiramo.”

Hariho ikiganza kimwe gusa gishobora gufata uru rufunguzo, kandi icyo ni ikiganza cyo KWIZERA. KWIZERA nirwo rufunguzo rwonyine rufungura amasezerano yose y’Imana. KWIZERA mu murimo We warangiye bifungura buri rugi kuri buri butunzi buri imbere mu Bwami bw’Imana. KWIZERA ni urufunguzo mberabyombi rukomeye rw’Imana arirwo rufungurira UMUGENI WAYO BURI RUGI kandi dufite urwo Rufunguzo mu KUBOKO KO KWIZERA

Urwo rufunguzo rwo kwizera ruri mu mitima yacu, kandi turavuga ngo, “Ni Ijambo ry”Imana; ni amasezerano y’Imana kuri twe, kandi dutunze urufunguzo”. Kandi noneho, hamwe na buri gace gato kose ko kwizera dufite, nta gushidikanya  kugace na kamwe, dufungura buri rugi ruhagaze imbere yacu n’imigisha Imana ifite kubwacu. Kuzimya ubukana bw’umuriro. Guhambura gukira ku barwayi. Gufungura agakiza  kacu. Twageze ku Rugi kandi icyo dukoze cyose mu magambo no mu bikorwa, tubikora byose mu Izina Rye, tuziko dufite urufunguzo rwo kwizera; kandi ni urufunguzo rukozwe mu Byanditswe

Ntabwo dushishikajwe n’icyo undi wese atekereza, hari ikintu kimwe tuzi neza: Imana yaraduhamagaye, ITUgena mbere, IDUhishurira Ijambo Ryayo, Itubwira abo turibo,  kandi twamaramaje gukurikira Ijambo Ryayo, kubera ko Yaduhamagariye kuba Umugeni Wayo.

Data yafashe inyenyeri Ze zirindwi, intumwa Ze zirindwi, ku bisekuru birindwi mu kiganza Cye. Arazifite mu kiganza Cye, kubera ko bifitanye isano n’imbaraga Ze. Icyo nicyo ikiganza gisobanuye. Bisobanuye imbaraga z’Imana! N’ubutware bw’Imana.

Dufashe Ijambo Ryayo mu kiganza cyacu cyo Kwizera, bisobanuye imbaraga n’ubutware bw’Imana biri mu BIGANZA BYACU kandi Yaduhaye URUFUNGUZO kugira ngo dufungure buri rugi kubwa buri kintu dukeneye cyose. Ni Urufunguzo rufungura byose arirwo ruzafungura BURI RUGI.

Noneho nzi impamvu Imana yaduhaye intoki 5 kuri buri kiganza; ntabwo ari 4, ntabwo ari 6, ahubwo 5, bityo kugira ngo buri gihe uko turebye ku biganza byacu twibuke, ko dufite KWIZERA ko gufungura buri rugi.

Ni ikimenyetso cy’iteka ku kiremwa muntu tudashobora kwibagirwa; igihe cyose ujye wibuka kandi ugire umwete, ko dufite KWIZERA mu biganza byacu. Kandi Izakuza kwizera kwacu kungana n’akabuto ka sinapi nuko Iduhe KWIZERA GUKOMEYE MU IJAMBO RITIGERA RINANIRWA, RIHORAHO ITEKA RIDASHOBORA KUNANIRWA!!!

Twashobora kuzamura amaboko yacu tuyerekeje mu Ijuru, tukarambura intoki zacu 5 kuri buri kiganza nuko tukamubwira ngo, “Data, twizera kandi dufite KWIZERA muri buri Jambo Wavuze. Ni Isezerano Ryawe, Ijambo Ryawe, kandi Uzaduha KWIZERA DUKENEYE niba twizeye gusa…. kandi twe TURIZEYE.”

Ubwo tutari twagira Amateraniro yacu y’Ifunguro Ryera kugeza Kucyumweru nimugoroba, ndashaka kubashishikariza guhitamo Ubutumwa mugomba kumva hamwe n’Itorero ryanyu, umuryango, cyangwa umuntu ku giti cye, Kucyumweru mu gitondo, bikurikije uko igihe kiboroheye. Nta buryo nyakuri buhari bwo kugenzura Kwizera kwacu bwaruta kumva Ijambo; kubera ko KWIZERA kuzanwa no kumva, kumva Ijambo, kandi Ijambo riza ku muhanuzi.

Reka twese noneho twiyunge hamwe isaa kumi n’imwe z’umugoroba (ku isaha y’aho muri) kugira ngo twumve Ubutumwa, 62-1007 Urufunguzo Rw’Umuryango. Nkuko byatangajwe, ndifuza ko tugira Amateraniro y’Ifunguro Ryera Adasanzwe, ariyo azaba arimo atambuka kuri Voice Radio (Radiyo Ijwi) isakumi n’imwe z’umugoroba  (ku isaha y’i Jeffersonville). Mwashobora kumanura kandi mugakurikira iteraniro mu Cyongereza cyangwa mu zindi ndimi kubwo gukanda kuri uyu murongo

Kimwe no kuyandi Materaniro y’Igaburo Ryera yabaye mu bihe byahise, ku iherezo rya kasete Mwene Data Branham asengera umugati na vino. Haba hari umuziki wa piano iminota myinshi mu rwego rwo kugira ngo musoze igice cy’amateraniro y’Igaburo Ryera. Hanyuma, Mwene Data Branham asoma Icyanditswe kijyanye no kozanya ibirenge, maze hakajyamo Indirimo z’Ubutumwa Bwiza zikurikira kuyobora kwe kw’iminota mike, mu rwego rwo kugira ngo murangize igice cy’amateraniro yo kozanya ibiringe

Mbega amahirwe dufite yo gutumira Umwami wacu Yesu kugira ngo asangira na buri wese muri twe mu ngo zacu, insengero, cyangwa aho mwaba muri hose. Munsegere mu gihe muvugana na We, nkuko nanjye nzaba ndimo mbasengera.

Imana ibahe umugisha,

Mwene Data Joseph Branham

ITANGAZO RY’ICYUMWERU CY’IFUNGURO RYERA

Byatangajwe ku itariki 23 nzeri 2024

Bene Data na Bashiki bacu,

Nifuzaga ko twagira amateraniro y’ubusabane(ifunguro) no kozanya ibirenge kuri iki Cyumweru, tariki 29 nzeri niba Umwami abishaka. Nkuko twabikoze mugihe cyahise, ndabashishikariza gutangira saa kumi n’imwe ku isaha y’aho muri. Nubwo Mwene Data Branham yavuze ko intumwa zagiraga Ifunguro buri gihe cyose bateranye, yahisemo kujya arigira nimugoroba, kandi yaryitaga ko ari Ifunguro ry’Umwami rya Nimugoroba

Ubutumwa n’amateraniro y’Ubusabane biratambuka kuri Radiyo Ijwi (Voice Radio), kandi haraza kuba hariho n’umurongo ushobora gukururiraho idosiye kuri abo badashobora kugera ku mirongo ya Radiyo Ijwi kuri iki Cyumweru mu gitondo.

Kuri bene Data bari mu bice bya Jeffersonville, turaza kuba dufite aho muza gukura vino y’igaburo. Itangazo riraza gutambuka mu gihe gito rigaragaza ahantu, umunsi n’igihe.

Mu kuri kose ndifuza ko twubahiriza iri tegeko ry’Umwami yadusigiye. Mbega amahirwe kuri twe gutegura ingo zacu kandi tugafungurira imitima yacu Umwami w’Abami kugira ngo Aze asangire natwe ku Meza Ye.

Imana ibahe umugisha,

Mwene Data Joseph

https://branhamtabernacle.org/en/bt/a9/109403/1f35

24-0922 Edeni ya Satani

Ubutumwa : 65-0829 Edeni ya Satani

BranhamTabernacle.org

Mukundwa Rugingo rw’Imana

Turi ibigize Data wo mu Ijuru nyakuri; kubera ko twari muri We ku itangiriro. Ubu ntubyibuka, ariko twari hariya hamwe na Yo, kandi Yaratumenye. Yaradukunze cyane kuburyo yaduhinduye imibiri, kugira ngo Ishobore gushyikirana  na twe, ivugane natwe, idukunde, ndetse idukore mu biganza.

Ariko Satani araza nuko maze agoreka Ijambo ry’umwimerere ry’Imana, Ubwami Bwayo, n’umugambi wayo kuri twe. Yarindagije abagabo n’abagore ageza aho yangiza ndetse yigarurira iy’isi dutuyeho. Yahinduye iy’isi ubwami bwe, ayigira ingobyi ye ya Edeni.

Niyo saha ikomeye cyane y’uburiganya n’ubuhemu yaba yarigeze kubaho. Satani yashyizeho buri mutego wose w’ubucakura yashobora; kubera ko niwe muriganya ukomeye. Umukristo aragomba kuba ari maso cyane uyu munsi kuruta uko byaba byarigeze biba mu kindi gisekuru.

Ariko mu bundi buryo, ni cyo gisekuru cy’igiciro gikomeye mu bisekuru byose. Kubera ko turi kwitegura ingoma y’Imyaka igihumbi ikomeye. Ingombyi yacu ya Edeni iri hafi kuza, aho tuzagira urukundo rutunganye no gusobanukirwa urukundo rw’Imana mu buryo butunganye. Tuzaba turi bazima kandi dutekanye hamwe na We muri Edeni yacu dukomeza tujya mu Iteka.

Yesu yatubwiye muri Matayo 24 ko tugomba kuba maso muri iyi minsi. Aratuburira ko izaba ari iminsi ishukana cyane yaba yarigeze ibaho, “bizaba byegeranye cyane kuburyo byashuka n’Intore z’Imana iyo biba bishoboka”; kubera ko uburiganya bwa satani buzatera abantu kwizera ko ari Abakristo, mu gihe ataribo.

Ariko iki gisekuru nacyo kizakira Umugeni Jambo Wayo utunganye udashaka, kandi udashobora, gushukwa; kubera ko bazagumana n’Ijambo Ryayo ry’Umwimerere.

Nka Yosuwa na Karebu, Igihugu cyacu cy’isezerano kirimo kwegera hafi aho kigaragara ndetse nkuko icyabo byagenze. Umuhanuzi wacu yavuze ko Yosuwa bisobanuye, “Yehova-Umukiza”. Yashushanyije umuyobozi w’igihe cyanyuma uwo uzaza ku itorero, ndetse nkuko Pawulo yaje nk’umuyobozi nyawe w’ukuri.

Karebu yashushanyaga abo bagumye mu kuri hamwe na Yosuwa. Kimwe n’abana ba Isiraheri, Imana yatangiranye nabo mu nzira nk’umwari ku Ijambo Ryayo; ariko bashakaga ikintu cyihariye. Umuhanuzi wacu yaravuze ngo, “Niko bimeze no ku torero ryo mu minsi ya nyuma.” Uko niko, Imana itigeze yemerera Isiraheri kwinjira mu gihugu cy’isezerano kugeza ubwo igihe Cyayo cyagenwe kigeze.

Abantu bashyize igitutu kuri Yosuwa, uwo Muyobozi wabo bahawe n’Imana, maze baravuga ngo, “Igihugu ni icyacu, reka twinjire maze tugifate. Yosuwa, ntugishoboye, ushobora kuba waratakaje umurimo wawe. Ntabwo ufite imbaraga nk’izo wari ufite. Wajyaga wumva Imana kandi ukamenya ubushake Bw’Imana, kandi ugakora vuba. Hari ikintu kitari kugenda muri wowe. “

Yosuwa yari umuhanuzi woherejwe n’Imana, kandi yamenye amasezerano y’Imana. Umuhanuzi wacu yarabitubwiye.

Imana yashyize ubuyobozi bwose mu biganza bya Yosuwa kubera ko yagumanye n’Ijambo. Imana yashoboraga kwizera Yosuwa, ariko atari abo bandi. Nanone bizongera kwisubiramo muri iyi minsi yanyuma. Icyo kibazo kimwe, icyo gitutu kimwe.”

Nkuko Imana yakoranye na Yosuwa, Yashyize UBUYOBOZI BWOSE mu biganza by’umuhanuzi marayika Wayo, William Marrion Branham; kubera ko Yamenye ko Yashoboraga kumwizera, ariko ntabwo ari abandi. Hagomba Ijwi Rimwe, Umuyobozi Umwe, Ijambo ryanyu Rimwe, hanyuma, n’UBU.

Nkunda uburyo umuhanuzi yatubwiye ko hazabaho ibihumbi n’ibihumbi by’abazumva amakasete. Yavuze ko amakasete ARI MINISTERI. Hazabaho bamwe muri twe bazacengera mu ngo no mu nsengero hamwe na kasete(ministeri ye) kugira ngo bafate izo Mbuto z’Imana zagenwe mbere.

Igihe tugarutse maze tukavuga ngo, Mwami, twumviye amategeko yawe, kandi hari abantu twabonye igihe twacuranze amakasete babyizeye. None twabibabwirije, hirya no hino ku isi, ese Izabyubaha?

Izavuga ngo, “Ibyo nibyo nabatumye gukora.”

Imana izabyubaha. Inzu yawe ntabwo izigera ihungabana. Igihe Imana izatanga ikimenyetso cyo gusenya ibintu byose, ab’umuryango wawe bose, ibyo utunze byose, bizarindwa mu nzu yawe. Washobora guhagarara aho. Si ngombwa ko ureba mu idirishya, Kandaho gusa Bivuge mu gihe urugamba rukomeje.

Amagambo yawe amaze kuboneka ndayarya, maze ambera umunezero n’ibyishimo byo mu mutima wanjye, kuko nitiriwe izina ryawe Uwiteka Mana Nyiringabo.

Ndabatumira kugira ngo mwifatanye natwe mu gihe turya ministeri y’Imana  y’igihe cyanyuma ikomeye kandi nzima, kuri iki Cyumweru saa sita y’amanywa, ku isaha y’I Jeffersonville, mu gihe twumva byose ku bijyanye na : Edeni ya Satani 65-0829.

ubashe kubaho kugeza igihe Umwami azazira, niba bishoboka. Tubashe gukora uko dushoboye kose, mu rukundo, no gusobanukirwa, dusobanukirwa ko Imana ishaka hose mu isi, none, ngo Ibone intama zazimiye zose. Tubashe kubonera abo bantu amagambo arungishijwe amasengesho, urukundo n’Ijambo ry’Imana, kugira ngo tubashe kubona iyo ntama ya nyuma, kugira ngo tubashe gutaha i Muhira, no gusiga iyi Edeni ishaje ya Satani hano hasi, Mwami.

Mwane Data Joseph Branham

Ibyanditswe byo gusoma mbere yo kumva Ubutumwa:

2 Timoteyo 3: 1-9

1 Umenye yuko mu minsi y’imperuka hazaza ibihe birushya,

2 kuko abantu bazaba bikunda, bakunda impiya, birarīra, bibona, batukana, batumvira ababyeyi babo, indashima, batari abera,

3 badakunda n’ababo, batūzura, babeshyerana, batirinda, bagira urugomo, badakunda ibyiza,

4 bagambana, ibyigenge, bikakaza, bakunda ibibanezeza aho gukunda Imana,

5 bafite ishusho yo kwera ariko bahakana imbaraga zako. Abameze batyo ujye ubatera umugongo.

6 Kuko muri bo harimo abagabo bomboka mu mazu bakanyaga abagore batagira umutima, baremerewe n’ibyaha, batwarwa n’irari ry’uburyo bwinshi,

7 bahora biga ariko ntabwo babasha kugira ubwo bamenya ukuri.

8 Nk’uko Yane na Yambure barwanije Mose, ni ko n’abo bagabo barwanya ukuri. Abo ni abononekaye ubwenge badashimwa ku byo kwizera.

9 Ariko ntibazabasha kurengaho kuko ubupfu bwabo buzagaragarira abantu bose, nk’uko ubwa ba bandi na bwo bwagaragaye.

Ibyahishuwe 3:14

14 Wandikire marayika w’Itorero ry’i Lawodikiya uti Uwiyita Amen, umugabo wo guhamya kandi ukiranuka w’ukuri, inkomoko y’ibyo Imana yaremye aravuga aya magambo ati

2 Abatesalonike 2: 1-4

1 Turabinginga bene Data, ku bwo kuzaza k’Umwami wacu Yesu Kristo no kuzamuteranirizwaho kwacu,

2 kugira ngo mutanamuka vuba mukava mu bwenge cyangwa ngo muhagarike imitima, naho mwaba mubitewe n’umwuka cyangwa n’ijambo cyangwa n’urwandiko rukekwa ko ruvuye kuri twe, bihamya yuko umunsi w’Umwami wacu umaze gusohora.

3 Ntihakagire umuntu uboshya uburyo bwose, kuko uwo munsi utazaza kurya kwimūra Imana kutabanje kubaho, kandi urya munyabugome atarahishurwa ari we mwana wo kurimbuka.

4 Ni umubisha wishyira hejuru y’icyitwa imana cyose cyangwa igisengwa, kugira ngo yicare mu rusengero rw’Imana, yiyerekane ko ari Imana.

Yesaya 14: 12-14

12 Wa nyenyeri yo mu ruturuturu we, mwana w’umuseke ko uvuye mu ijuru, ukagwa! Uwaneshaga amahanga ko baguciye bakakugeza ku butaka!

13 Waribwiraga uti ‘Nzazamuka njye mu ijuru nkuze intebe yanjye y’ubwami isumbe inyenyeri z’Imana’, kandi uti ‘Nzicara ku musozi w’iteraniro mu ruhande rw’impera y’ikasikazi,

14 nzazamuka ndenge aho ibicu bigarukira, nzaba nk’Isumbabyose.’

Matayo 24:24

24 Kuko abiyita Kristo n’abahanuzi b’ibinyoma bazaduka bakora ibimenyetso bikomeye n’ibitangaza, kugira ngo babone uko bayobya n’intore niba bishoboka.

24-0915 Akayunguruzo K’Umuntu Utekereza

Ubutumwa : 65-0822E Akayunguruzo K’Umuntu Utekereza

BranhamTabernacle.org

Mukundwa Muka Yesu Kristo,

Mwuka w’Imana nzima, Duhumekereho. Reka dufate akayunguruzo Kawe maze tube munsi yako. Duhumeke umwuka ufutse w’Umwuka Wera mu bihaha byacu no mu bugingo bwacu buri munsi. Twashobora gusa kubaho tubeshejejweho n’Ijambo Ryawe; buri Jambo riva mu kanwa Kawe kubw’iki gisekuru turi kubamo.

Twasogongeye kubintu Byawe byo mu ijuru kandi dufite Amagambo Yawe mu mitima yacu. Twabonye Ijambo Ryawe rigaragazwa imbere yacu, kandi ubugingo bwacu bwose buzingiwe muri Ryo. Iyi si, n’ibintu byose by’isi kuri twe byarapfuye.

Turi akaremangingo k’imbuto Jambo kahoze muri Wowe guhera mu itangiriro, duhagaze hano, tugaragaza imbuto yawe y’Ubuzima. Imbuto Yawe iri mu mitima yacu binyuze mu kumenya mbere Kwawe. Watugennye mbere tudafite ikindi dushushanywa nacyo uretse Ijambo Ryawe, Ijwi Ryawe, ku mabande.

Igisekuru cy’ijisho cyarageze; nta kindi gisigaye uretse Kuza Kwawe uziye Umugeni Wawe, akayunguruzo Kacu ni Ijambo Ryawe, Malaki 4, Uku Niko Uwiteka Avuze.

Reka dutere Ijambo Ryawe mu mitima yacu, kandi twiyimeze kutazigera dutandukira iburyo cyangwa ibumoso, ahubwo ko tuzarikiranukira iminsi yose yo kubaho kwacu. Data, utwoherereze Umwuka Wera w’ubuzima, maze unyeganyeze Ijambo muri twe, kugira ngo tubashe kukugaragaza.

Gushaka kw’imitima yacu ni uko tuba abahungu n’abakobwa bawe. Twicaye imbere y’Ijwi Ryawe, turimo gukomera, twitegura ubwacu kubw’ibirori by’Ubukwe byegereje hamwe na We.

Ibihugu birimo gusenyuka. Isi irimo irasenyuka. Imitingito irimo iranyeganyeza Califonia nkuko wabitubwiye ko bizabaho. Tuziko vuba aha igice cy’ibirometero 2500 kizasaduka; kandi ibirometero 500 cyangwa 650 by’ubugari, bizarigita, nk’ibirometero 65 hasi aho muri uwo mworera hakurya aho. Iyo mitingito izagenda igere no muri leta ya Kentucky, kandi igihe bizabaho, bizanyeganyeza isi kuburyo bukomeye aho ikintu cyose kiyiteretseho kizanyeganyega.

Umuburo Wawe wanyuma urimo gutambuka. Isi iri mu kajagari kuburyo bwuzuye, ariko muri icyo gihe cyose Umugeni Wawe aruhukiye muri Wowe n’Ijambo Ryawe, twicaye ahantu ho mu ijuru nkuko wabitumbwiye, kandi ukadukomeza aho mu nzira.

Mbega uburyo tugushimira, Data, ko dushobora gusa “Gukandaho Bikavuga” kandi tukumva Ijwi Ryawe rivugana natwe, rikadutera umwete ndetse rikatuvugisha:

Ntutinye na mba mukumbi muto. Icyo Ndi cyo cyose, muri abaragwa bacyo. Imbaraga zange zose ni izanyu. Ubushobozi Bwange bwose ni ubwanyu, mu gihe Ndi hagati yanyu. Sinaje nzanye ubwoba no gutsindwa, ahubwo urukundo, umwete n’ububasha. Nahawe Ubutware bwose, kandi ni ubwanyu ngo mubukoreshe. Nimuvuge Ijambo, Nzarisohoza. Ni isezerano Ryanjye, kandi ntirihera.”

Oh Data, NTA KINTU GIHARI cyo gutinya. Waduhaye urukundo Rwawe, umwete n’ubushobozi. Ijambo Ryawe riri muri twe kugira ngo turikoreshe igihe turikeneye. Turarivuga, kandi Uzarisohoza. Ni isezerano Ryawe, kandi NTIRISHOBORA GUHERA.

Amagambo y’abapfa ntashobora kwerekana uburyo twiyumva, Data, ariko tuziko Ureba mu mitima n’ubugingo bwacu; kubera ko turi igice cyawe.

Mbega uburyo tugushimira kuko watanze inzira yo kugira ngo isi yumve Ijwi Ryawe muri iki gihe cyanyuma. Buri cyumweru, utumira isi kugira ngo ize yiyunge natwe kugira ngo twumve intumwa marayika mu gihe Utugaburira Ibyo Kurya by’intama ibyo waduhunikiye kugira ngo bidukomeze kugeza igihe Uzagaruka kuri twe.

Turagukunda Data.

Mwene Data Joseph Branham

Ubutumwa: 65-0822E Akayunguruzo k’umuntu Utekereza

Isaha: 12h00 z’amanywa, Ku isaha y’ I Jeffersonville

Ibyanditswe: Kubara 19: 9 / Abefeso 5: 22-26

Kubara 19: 9
19 9 Umuntu udahumanye ayore ivu ry’iyo nka, aribike inyuma y’aho muganditse, ahantu hadahumanijwe, ribikirwe iteraniro ry’Abisirayeli, ngo bajye barivanga n’amazi, riyahindure ayo guhumanura. Iyo nka ni igitambo gitambiwe ibyaha.

Abefeso 5: 22-26
22 Bagore, mugandukire abagabo banyu nk’uko mugandukira Umwami wacu,
23 kuko umugabo ari we mutwe w’umugore we, nk’uko Kristo ari umutwe w’Itorero ari ryo mubiri we, ni na we Mukiza waryo.
24 Ariko nk’uko Itorero rigandukira Kristo, abe ari ko abagore bagandukira abagabo babo muri byose.
25 Bagabo, mukunde abagore banyu nk’uko Kristo yakunze Itorero akaryitangira
26 ngo aryeze, amaze kuryogesha amazi n’ijambo rye