All posts by admin5

24-1201 Abari Icumi, N’Abayisirayeli Ibihumbi Ijana Na Mirongo Ine Na Bine

Pesan: 60-1211M Abari Icumi, N’Abayisirayeli Ibihumbi Ijana Na Mirongo Ine Na Bine

BranhamTabernacle.org

MWARAMUTSE NSHUTI,

Ntibyigeze bibaho mbere mu mateka y’isi ko haba harigeze habaho igihe ubwo Umugeni wa Kristo wo ku isi yose ashobora guteranira hamwe ahuje umutima, igihe ijwi ryumvikana rivuye mu Ijuru, Ijwi ry’Imana nyirizina, rigashobora kwinjira n’umuriri.

Ibyanditswe birimo birasohora. Ni ikimenyetso cy’igihe cyo kunga ubumwe kw’Imbuto. Kwiyunga kutagaragara k’Umugeni wa Kristo kurimo kurabaho mu gihe twicaye imbere y’Umwana, dukomera, Umugeni arimo yitegura Ubwe kubwo kumva Ijwi nyirizina ry’Imana.

Turimo turatunganywa n’ubukozi Bwayo butanu.

Ni bangahe bizera ko impano n’umuhamagaro biticuzwa? Bibiliya ivuga ko hariho imihamagaro itanu mu itorero. Imana yashyize mu itorero Intumwa, cyangwa abamisiyoneri, intumwa, abahanuzi, abigisha, ababwiriza, abapasteri.

. Umubwiriza: Nshoboara kumanuka umuhanda. Umuntu akavuga ngo “Uri umubwiriza?” Nkavuga ngo “Yego mugabo. Oh yego, ndi umubwiriza.”

. Umwigisha: Kandi noneho impamvu ntigeze mbwiriza iki gitondo, kwari ukubera ko, natekereje ko, mu kwigisha, dushobora kubyumva neza kurusha gufata umutwe maze nkagenda mbica hejuru. Turashaka kubyigisha.

. Intumwa: Ijambo “misiyoneri” bisobanuye “uwatumwe.” “Intumwa” bisobanuye “uwatumwe.” Umumisioneri ni intumwa. Njye–Njye, ndi misiyoneri, nkuko mubizi, nkora ububwirizabutumwa, umurimo w’ubumisiyoneri, inshuro zigera kuri zirindwi nambutse inyanja, hirya no hino ku isi.

. Umuhanuzi: Ese mwizera ko ndi umuhanuzi w’Imana? Noneho mugende mukore ibyo mbabwira gukora.

. Pasteri: Muzi icyo nabagiriye? Munyita pasteri wanyu, kandi mubivuga ukuri, kuko ari ko ndi.

Kandi nababonye  ari ayo mamiliyoni bahagaze hariya ndavuga ngo: “mbese bose ni aba Branham?” arasubiza: “ Ati Hoya, ni abo wahinduye.” hanyuma ndavuga, njye– njye ndavuga ngo: “ndashaka kubona Yesu.” Aransubiza ati: “Si ubu. Hazatambukaho igihe mbere y’uko Aza. Ariko azabanza kuza kuri wowe kandi uzacirwa urubanza  hashingiwe ku Ijambo wabwirije,

Noneho twese tuzamura ibiganza byacu maze tukavuga ngo, “Turuhukiye kuri byo!

Hari ikintu cyenda kubaho. Ni iki kirimo kubaho? Abapfiriye muri Kristo barimo gutangira kuzuka aha hose hanzengurutse. Ndimo kumva guhindurwa kurimo kuza mu mubiri wanjye. Imisatsi yanjye y’imvi, yagiye. Murebe mu maso yanjye… ya minkanyari yanjye yabuze. Kwa kuribwaribwa no kubabara… BYAGIYE. Bya byiyumviro byo kwiheba byamaze kubura. Namaze guhindurwa mu kanya gato, mu kanya nk’ako guhumbya.

Noneho turatangira kureba ahatuzengurutse maze tubone abo dukunda. Oh mbega, nguriya Mama na Papa… Icyubahiro kibe icy’Uwiteka, umwana wanjye… umukobwa wanjye. Sogokuru, Nyogokuru, oh mwese nari mbakumbuye. Eh… nguriya mukuru wanjye. OH MUREBE, ni Mwene Data Branham, umuhanuzi wacu, Halleluya!! biri hano. Birimo biraba!

Noneho hamwe, twese icyarimwe, tuzazamurwa hakurya ahantu runaka mu kirere aharenze isi. Tuzahura n’Umwami mu nzira Arimo amanuka. Tuzahagarara aho hamwe na We ku nziga z’iyi si maze turirimbe indirimbo yo gucungurwa. Tuzaririmba kandi tumuhimbaze kubw’ubuntu Bwe bwaducunguye ubwo Yaduhaye.

Ibyo byose bibikiwe Umugeni We. Mbega ibihe tuzagira aho ngaho mu iteka umwe ku wundi, n’Umwami wacu Yesu. Amagambo y’abapfa ntashobora gusobanura, Mwami, uburyo twiyumva mu mitima yacu.

Niba mwifuza kumwumva Abita Umugeni We, kandi akababwira uko bizaba bimeze hamwe na We, ngwino wiyunge natwe kuri iki Cyumweru I Saa Sita z’Amanywa. Ku isaha y’I Jeffersonville, kandi murahabwa umugisha birenze urugero.

Mwene Data. Joseph Branham

60-1211M Abari Icumi, N’Abayisirayeli Ibihumbi Ijana Na Mirongo Ine Na Bine

24-1124 Igisekuru Cy’Itorero Rya Filadelifiya

Ubutumwa : 60-1210 Igisekuru Cy’Itorero Rya Filadelifiya

Exposition Of THe Seven Church Ages – Chapter 6 :

BranhamTabernacle.org

Mukundwa Muka. Yesu Kristo

Ese ni iki iki Cyumweru kibikiye Umugeni wa Yesu Kristo? Ni ibiki Umwuka Wera Azaduhishurira? Kumenya mu buryo butunganye. Tuzamenya byimazeyo binyuze mu Guhishurirwa, Ikigereranyo gihujwe n’icyo cyashushanyaga n’igifatika gihujwe n’igicucu. Yesu ni Umutsima w’Ubugingo w’Ukuri. We Ni Uwo Mutsima Wose. We ni Imana Imwe. We ni Abaheburayo 13:8. We ni NDIHO.

Kristo, kubwo kugaragara mu mu muburi no kumena Amaraso Ye, yataye kure ibyaha byacu ubutagaruka kandi byose kubwo kwitanga Ubwe; kubwibyo YARADUTUNGANIJE. Ubuzima Bwe Nyirizina buri muri twe. Amaraso Ye yaratwejeje. Umwuka We Uratwuzuza. Imibyimba Ye Niyo Adukirisha.

Ijambo Rye riri mumitima yacu no mu minwa. Ni Kristo mu buzima bwacu kandi nta kindi, mu gihe buri kintu mu buzima bwacu kigenda kiburira mu busa, usibye We n’Ijambo Rye.

Imitima Yacu iribwuzure umunezero mu gihe Atubwira ibyo binyuze mu itegeko Rye rya Kimana, Azi neza ugomba kuba Umugeni We. Uburyo Yadutoranije. Yaduhamagaye. Aradupfira. Yishyuye igiciro kubwacu kandi turi Abe, kandi We wenyine. Aravuga, kandi Turamwumvira, kubera ko niwe byishimo byacu. Turi umutungo we udakuka kandi ntawundi Afite uretse TWE. We ni Umwami w’Abami wacu kandi turi ubwami bwe. Turi ubutunzi Bwe bw’Iteka.

Araza kudukomeza kandi atumurikire binyuze mu Ijwi ry’Ijambo Rye. Aradusobanurira mu buryo bweruye kandi Aduhishurire ko We ari Umuryango w’intama. We ni icyarimwe Alufa na Omega. We ni Data, We ni Umwana, ndetse We ni Umwuka Wera. We ni Umwe, kandi turi Umwe hamwe na We ndetse muri We.

Azatwigisha kwihangana; nkuko Yabikoreye Abraham, kubwo kudusobanurira uburyo dukwiriye gutegereza twihanganye kandi tugashikama niba twifuza kugera ku isezerano iryo ariryo ryose.

Aratwereka mu buryo bweruye umunsi nyirizina turi kubamo. Uburyo impuzamadini izahinduka ikomeye muri politike, kandi igashyira agahato ku maguverinoma kugira ngo bose biyunge kuri yo binyuze mu kwifatanya n’amahame yemejwe n’amategeko, kuburyo nta muntu n’umwe ushobora kwemerwa nk’itorero uretse gusa ari mu buryo butaziguye cyangwa buziguye munsi y’ububasha bw’inama yabo.

Aradusobanurira uburyo benshi bazinjiramo, batekereza ko barimo gukorera Imana

Muri uwo muyoboro w’iryo shyirahamwe.  Ariko Aratubwira ngo, “Ntimutinye, kuko Umugeni atazigera ayoba, tuzagumana n’Ijambo Ryayo, Ijwi Ryayo.”

Mbega uburyo bishishikaje kuza Kumwumva Atubwira ngo:”Mukomere, Muhatane. Ntimukigere mucika intege, ahubwo mwambare intwaro z’Imana, buri ntwaro, buri mpano yose nabahaye irahari kubwanyu. Ntimukigere mucika intege bakundwa, mukomeze mutumbire imbere hamwe n’umunezero kubera ko Ngiye kubambika ikamba, Umwami w’Abami n’Umutwa utwara Abatware wacu, Umugabo wacu.”

Muri itorero Ryanjye ry’ukuri; Ingando nyirizina y’Imana binyuze mu Mwuka Wera Wanjye ariwe utuye muri mwe. Muzahinduka inkingi mu ngando nshya;

Kuri urwo rufatiro nyirizina ruzafata iyo nyubako idasanzwe. Nzabashyiramo nk’abanesheje hamwe n’abigishwa n’abahanuzi, kubera ko nabahaye Guhishurirwa kw’Ijambo Ryanjye, Kwanjye Ubwanjye.

Araza kuduhishurira ko amazina yacu yari yaranditswe mu Gitabo cy’Ubugingo cy’Umwana w’Intama mbere y’imfatiro z’isi.  Tuzaba noneho imbere y’intebe Ye amanywa n’ijoro tumukorera mu rusengero Rwe. Turi ab’Umwami yitaho bidasanzwe; turi Umugeni We.

Tuzagira izina rishya kubwo gutwara izina Rye. Rizaba ari izina twahawe igihe Azatwishyira Ubwe. Tuzaba turi Muka Yesu Kristo.

Yerusalemu nshya irimo imanuka iva ku Mana iturutse mu ijuru, Umugeni urimbishirijwe Umugabo we. Ntihazigera hongera kubaho urupfu ukundi, agahinda, habe no kurira. Nta nubwo hariya hazongera kubaho kubabara kubera ko ibya kera biba byashize. Amasezerano atangaje y’Imana yose azaba yasohoye. Impinduka zizaba zasohoye. Umwana w’intama n’Umugeni We  bazahora iteka mu gutungana kw’Imana.

Mukundwa Muka. Yesu Kristo, UJYA UROTA IBIBYEREKEYE. Bizaba bitangaje kuruta uko ushobora kubitekereza.

Ndatumira buri wese kugira ngo aze yiyunge natwe kuri iki Cyumweru I Saa Sita z’Amanywa. Ku Isaha y’I Jeffersonville, mu gihe Umugabo wacu, Yesu Kristo, Avuga anyuriye mu ntumwa marayika wa karindwi ukomeye maze akatubwira ibi bintu byose.

Mwene Data Joseph Branham

Ubutumwa: Igisekuru cy’Itorero rya Filadelifiya 60-1210

24-1117 Igisekuru cy’Itorero ry’I Sarudi

Ubutumwa : 60-1209 Igisekuru cy’Itorero ry’I Sarudi

Chapter 6 – Exposition of The Seven Church Ages book

BranhamTabernacle.org

Bakundwa Bantu b’Amakasete

Mbega uburyo twishimye kwitwa “Abantu b’amakasete”.  Imitima yacu igurumanishwa no kumenya ko buri kucyumweru tuzaba duteranye hamwe hirya no hino ku isi turimo kumva Ijwi ry’Imana rivugana natwe.

Turabizi neza, nta n’agace ko gushidikanya, ko turi mu Bushake bw’Imana butunganye kubwo kugumana n’Ijambo Ryayo; twumva Ijwi Ryayo binyuze mu nzira ya marayika Wayo intumwa ya karindwi ikomeye.

Intumwa Yadutoranirije mu gihe cyacu ni William Marrion Branham. Ni itara ry’Imana ku isi, rigaragaza umucyo w’Imana. Irimo Irahamagara Umugeni Jambo Utunganye binyuze muri marayika Wayo.

Binyuze mu kwigana ubwitonzi Ijambo Ryayo, Yaduhishuriye ikoresheje Umwuka Wera ko William Marrion Branham ari marayika Watoranijwe kugira ngo atange Guhishurirwa n’Ubukozi Bwayo mu gihe cyacu. Tubona marayika Wayo, INYENYERI YACU, mu kuboko Kwe kw’iburyo mu gihe Amuha imbaraga kugira ngo ahishure Ijambo Ryayo maze ahamagarire Umugeni Wayo gusohoka.

Yaduhaye Guhishurirwa kuzuye k’Uwo Ariwe. Umwuka Wera utwiyereka Ubwe binyuze mu buzima bw’intumwa Yayo marayika wa karindwi; marayika Yatoranije kugira ngo abe amaso Yayo muri iki gihe cyacu.

Mbega uburyo imitima yacu igurumana muri twe mu gihe Atubwira akoresheje buri Butumwa ko ari umugambi We kutuzana muri We Ubwe; kuko turi Umugeni We Jambo.

Akunda kudusubiriramo inshuro nyinshi uburyo Yadutoranije MURI WE mbere y’imfatiro z’isi. Uburyo Yatumenye mbere kandi Akatwikundira.

Mbega uburyo dukunda kumva Avugana natwe kandi Akatubwira ko yaducunguje Amaraso Ye kandi ko tudashobora HABE NA GATO gucirwaho iteka. Ntidushobora kujya mu rubanza, kubera ko icyaha kidashobora kutubarwaho.

Mbega uburyo tuzicarana na We mu gihe Azafata intebe Ye y’Ubwami ya Dawidi yo ku isi, maze tukimana na We; nkuko Yabikoze mu ijuru, afite imbaraga n’ubutware hejuru y’isi yose. Ibigeragezo n’amagorwa  by’ubu buzima bizaba ntacyo biricyo icyo gihe.

Ariko kandi Yaratuburiye ko dukwiye kuba maso. Kuko aho mu bisekuru iyo mizabibu yombi ikurana. Uburyo umwanzi igihe cyose yagiye yegera hafi; kugira ngo ashukane. Habe na Yuda yari yatoranijwe n’Imana, kandi yigishwa ukuri. Yasangiye n’abandi ubumenyi kuby’ubwiru. Yahawe ubukozi bw’imbaraga kandi yakijije abarwayi ndetse yirukana amadayimoni mu Izina rya Yesu. Ariko ntabwo yashoboraga gukomeza inzira yose.

Ntabwo ushobora kugenda ujyanye igice cy’Ijambo, ugomba kujya Ijambo RYOSE. Hariho abantu basa nkaho binjiye mu bintu by’Imana hafi ijana ku ijana, ariko bikaba ataribyo.

Yaravuze ngo ntabwo byari bihagije kuba Yariyunze Ubwe n’itorero ryose, cyangwa ndetse n’ubukozi butanu bwo mu b’Efeso kane. Yatuburiye ko muri buri gisekuru itorero ryagiye riyoba, kandi ntabwo bari abalayiki ahubwo itsinda ry’abayobozi– abungeri bayobye kimwe n’intama.

Binyuze mu nama yiyemeje z’ubushake Bwe bwite, We Ubwe nk’Umwungeri Mukuru mu gisekuru cyacu Yazanye mu murimo intumwa marayika Wayo wa karindwi kugira ngo ayobore ubwoko Bwayo abugarure ku kuri no mu mwuzuro w’imbaraga z’uko kuri.

We ni intumwa Yayo kandi uwo ufite kuzura kw’Imana azakurikira intumwa mu gihe intumwa nayo ikurikira Umwami binyuze mu Ijambo Ryayo.

Ndashaka kugira kuzura kw’Imana kandi ngakurikira intumwa Yayo. Rero, kuri twe, Ingando ya Branham, inzira imwe yo gukurikira intumwa nkuko akurikira Umwami binyuze mu Ijambo Rye, ni UGUKANDAHO BIKAVUGA maze tukumva Ijwi ry’Imana Ritavangiye rivugana natwe amagambo adashobora kwibeshya.

Ntabwo tugomba gukekeranya cyangwa ngo tugenzure ibyo turimo twumva, tugomba gusa Gukandaho Bikavuga maze tukizera buri Jambo turimo twumva.

Numvise Mwene Data Branham avuga umurongo ukurikira ari mugitondo kare kuri radiyo Ijwi. Igihe nywumvishe, biza mu mutima wanjye ko ari bwo buryo nyakuri njye cyangwa twe twiyumva mu kuvuga ngo:

DUKANDAHO GUSA MAZE TUKUMVA AMAKASETE.

Byumvikanye nk’amagambo yo Kwizera kuri njye.

iyo niyo mpamvu nizera mu butumwa, ni ukubera ko bituruka mw’ijambo ry’Imana. Kandi ikintu icyo ari cyo cyose kiri hanze y’Ijambo, ntabwo nacyizera. birashoka ko byaba ariko biri,ariko nzakomeza ngumane n’icyo Imana ivuga kandi mbe nzineza ko ndi mu kuri. Noneho, Imana ishobora gukora icyo ishatse; Ni Imana. Ariko igihe cyose ngumanye n’Ijambo, noneho mba nziko ibyo ari ukuri. Ibyo ndabyizera.

Icyubahiro kibe icy’Uwiteka, yabivuze mu buryo BUTUNGANYE. Abandi babwiriza bose bashobora kuba, kubera ko Imana yashobora gukora icyo Ishatse, hamwe n’uwo Ishatse, Yo ni Imana. Ariko igihe cyose ngumanye n’Ijambo Ryayo, Ijwi Ryayo, Amakasete, noneho ndabizi ko ibyo bitunganye. Ibyo ndabyizera.

Ndabizi ko benshi basoma inzandiko zanjye maze bakumva nabi icyo mvuze n’icyo nizera ko ari Ubushake bw’Uwiteka ku itorero ryacu. Reka nongere mbisubiremo nciye bugufi nkuko umuhanuzi yavuze ngo: “Izi nzandiko zireba itorero ryanjye gusa. Abo bashaka kwita Branham Tabernacle urusengero rwabo. Abo ngabo BASHAKA KWITWA  KANDI BAKAMENYEKANA NK’ ABANTU BUMVA AMAKASETE.”

Niba utemeranya n’icyo mvuze kandi nizera, ibyo ni byiza 100% mwene Data na Mushiki Wanjye. Inzandiko Zanjye ntabwo zigamije wowe cyangwa ngo zibe zirwanya wowe cyangwa urusengero rwanyu. Itorero Ryanyu ririgenga kandi mugomba gukora uko mwumva muyobowe gukora, ariko bijyanye n’Ijambo, uko niko bimeze no kuryacu, kandi iki nicyo twizera ni inzira Imana yaduciriye.

Bose baratumiwe kugira ngo biyunge natwe buri Kucyumweru I saa Sita z’Amanywa. Ku isaha y’I Jeffersonville. Kuri iki cyumweru, Inyenyeri y’Imana kubw’igisekuru cyacu, William Marrion Branham, Araza kuba atuzanira Ubutumwa, 60-1209 Igisekuru cy’Itorero ry’I Sarudi.

Mwene Data Joseph Branham

24-1110 Igisekuru cy’Itorero rya Tuwatira

Pesan: 60-1208 Igisekuru cy’Itorero rya TuwatiraKinyarwanda_

Pesan: Chapter 6 – Exposition of The Seven Church Ages book

BranhamTabernacle.org

Mukundwa Mugeni Urabagirana

Mbega uburyo Umwami arimo kuduhishurira y’uko mu bisekuru byose hagiye habaho itsinda rito ryagiye rigumana n’Ijambo Ryayo. Ntabwo bigeze bagwa mu mutego w’ibishuko  by’umwanzi, ahubwo bagumye ari abanyakuri n’abo kwizerwa ku Ijambo ry’igihe cyabo.

Ariko ntabwo higeze habaho igihe, cyangwa itsinda ry’abantu abo Umwami yigeze yishimira, cyangwa bari bamuteye ishema, kurusha twe. Turi Umugeni Umugore We Ntore utigeze kubaho, kandi igikomeye kurushaho, NTIDUSHOBORA, gushukwa; kubera ko twumva Ijwi ry’Umwungeri maze tukamukurikira.

Arimo kutwereka binyuze muri ibyo bisekuru ko habayeho amatsinda abiri y’abantu, bombi bahamya ko guhishurirwa kwabo kwaturutse ku Mana n’imibanire yabo n’Imana. Ariko Yaratubwiye ngo, Uwiteka azi abe. Agenzura ibitekerezo byacu. Azi ibiri mu mitima yacu. Abona imirimo yacu binyuze mu kugumana n’umuhanuzi n’Ijambo Ryayo, aricyo kigaragaza mu buryo budakuka ikiri imbere muri twe. Ikitugenza, Intego zacu bimenywa nawe igihe yitegereza buri gikorwa cyacu.

Aratubwira ngo buri masezerano yahaye buri gisekuru, ni AYACU. Aratureba twe abakomeza gukora imirimo Ye n’ubudahemuka kugeza ku iherezo. YADUHAYE gutwara amahanga. Atubwira ko dukomeye, dushoboye , abatware bakomeye bashobora guhangana mu buryo bw’imbaraga na buri kibazo cyose. Habe n’umwanzi w’icyihebe kurusha abandi azavunagurika nibiba ngombwa.  Kwerekana ubutware bwacu binyuze mu mbaraga Ze bizaba kimwe kuri buri Mwana. ICYUBAHIRO KIBE ICY’IMANA!!

Twakiriye uburebure bw’Imana mu buzima bwacu. Ni imyitozo y’Umwuka w’Imana utura muri twe ku muntu ku giti cye. Ibitekerezo byacu bimurikiwe n’ubwenge n’ubumenyi bw’Imana binyuze mu Ijambo Ryayo.

Tujya aho Umukwe ari hose. Ntabwo Azigera adusiga. Ntabwo tuzigera tuva mu ruhande Rwe. Tuzambikwa ikamba kubw’ubwiza n’Icyubahiro Bye.

Yaduhishuriye uburyo umwanzi ushukana yagiye amera muri buri gisekuru n’uburyo ari ingenzi  KUGUMANA N’IJAMBO RYE RY’UMWIMERERE. Nta Jambo na  rimwe rishobora guhindurwa. Buri gisekuru bagiye bongera kandi bagakura kuri Ryo, bagashyira ubusobanuro bwabo bwite ku Ijambo ry’umwimerere; kandi barazimiye by’iteka kubwo gukora batyo.

Mu Gisekuru cy’Itorero rya Tuwatira, iyo myuka iyobya yavugiye muri papa w’I Roma maze ahindura Ijambo Ryayo. Abigira ko ari “umuhuza umwe hagati y’Imana n’umuntu (atari abantu)” Noneho ubu niwe uri hagati y’umuhuza n’abantu. Ni muri ubwo buryo, gahunda yose y’Imana yahinduwe; atari uguhindura ijambo rimwe, ahubwo guhindura INYUGUTI IMWE. Satani yahinduye ahari “E (aba)” iyigira “A (Umu)”

Buri Jambo rizagenzuzwa Ijambo Ryayo ry’Umwimerere ryavuzwe ku makasete. Kubw’ibyo, Umugeni Wayo AGOMBA kugumana n’amakasete. Mugihe umwanzi agerageza guca abantu intege abaha guhunda ihabanye, ibitekerezo bihabanye, inyuguti itandukanye, Umugeni AZAGUMANA N’IJAMBO RY’UMWIMERERE.

Muri buri gisekuru Yesu yigaragazaga Ubwe hamwe n’intumwa y’icyo gisekuru. Bakiraga uguhishurirwa kw’Ijambo ry’icyo gisekuru. Uku guhishurwa kw’Ijambo gusohora intore y’Imana mu isi kandi kukayinjiza mu bumwe bwuzuye na Yesu Kristo.

Yahamagaye kandi Yeza abantu benshi kugira ngo babe umugisha ku itorero, ariko Yo UBWAYO  ifite INTUMWA IMWE  yahamagaye kugira ngo IYOBORE itorero Ryayo binyuze mu Mwuka Wera Wayo. Hariho IJWI RIMWE rifite Uku Niko UWITEKA Avuze. Hariho IJWI RIMWE Izaducira urubanza ikoresheje. Hariho IJWI RIMWE Umugeni Wayo ashingiraho aho agiye h’iteka. IRYO JWI NI IJWI RY’IMANA RIRI KU MAKASETE.

Mugeni, ubushake bw’Imana kuri twe ni Ugutungana, kandi mu maso Ye, TURATUNGANYE. Kandi uko gutungana ni ukwihanga, dutegereje Imana…. Kandi gutegereza Imana. Yatubwiye ko ari inzira yo gutuma umuco wacu ukura.  Dushobora kugira ibigeragezo, ibipimo n’amagorwa, ariko gukiranuka ku Ijambo Rye gutera kwihangana muri twe kugira ngo tube dutunganye kandi twuzuye, nta na kimwe tubura.

Ntabwo tuzigera twibagirwa ko KWIZERA kuzanwa no kumva, kumva Ijambo, kandi Ijambo riza ku muhanuzi.

Ngwino kandi wakire ku munezero ukomeye w’ubuzima bwawe mu gihe wicara hamwe natwe ahantu ho mu Ijuru mu gihe twumva Ijwi ry’Imana rituzanira Ijambo ku: Igisekuru cy’Itorero rya Tuwatira 60-1208 I Saa Sita z’amanywa. Ku isaha y’I Jeffersonville.

Mwene Data Joseph Branham

24-1103 Igisekuru cy’Itorero rya Perugamo

Ubutumwa : 60-1207 Igisekuru cy’Itorero rya Perugamo

Chapter 5, Exposition of the Seven Church Ages (book)

BranhamTabernacle.org

Mukundwa Mugeni Mwari Utanduye

Ese urimo kuryoherwa n’Ibisekuru Birindwi by’Itorero? Imana irimo iraha Umugeni Wayo ububyutse kurusha uko byari bimeze mbere. Arimo kuduha Guhishurirwa kuruseho, Kwizera kurushaho, ndetse no guhamirizwa mu kumenya abo turibo, n’icyo turimo gukora mu kugumana n’Ijambo, Inzira Yayo yateguye uyu munsi.

Noneho Aratubwira ngo: “Guhera mu materaniro yo Kucyumweru gukomeza, mwambare ibitekerezo byanyu by’umwuka. Reka Umwuka Wera abicengezemo imbere maze afate gusobanura k’umwuka muri byose ngiye gukora. Ni Ukunyeganyeza k’Umwuka Wanjye binyuze mu Muhanuzi Wanjye wa Malaki 4”.

Reka dusome kandi dufate amwe mu Magambo Ye maze dukoreshe gutekereza kwacu k’umwuka kuri yo

Imana ishyiraho umuyobozi wuzuye Umwuka Wera akayobora itsinda Ryayo ryuzuye Umwuka: marayika Wayo; Maze Ikamushyiraho ikimenyetso cy’izina, ariko ntagomba kurihishura. Agomba kurigumana ubwe. Murabona? Nta muntu n’umwe urizi, usibye we ubwe.

Rero Imana yahaye Umugeni Wayo umuyobozi wuzuye Umwuka kubw’itsinda Ryayo ryuzuye Umwuka. UMUYOBOZI, ATARI ABAYOBOZI kubw’itsinda Ryayo ryuzuye Umwuka.

Agiye kuza mu isi bidatinze, uwo marayika ukomeye w’Umucyo ugomba kuza kuri twe, uzadusohora, Umwuka wera ukomeye Aza afite imbaraga, Uzatuyobora ku Mwami Yesu Kristo.

Marayika ukomeye w’Umucyo. Ni nde marayika ukomeye w’Umucyo kuri iki gisekuru cyanyuma? William Marrion Branham. Ntabwo arimo avuga Umwuka Wera. Yamaze kuza kandi avuga ko azaza.

Uwo UZADUSOHORA HANZE. Tuzi nyakuri kandi twizera ko ari Umwuka Wera uzatuyobora, ariko Ishyira mu buryo bweruye marayika Wayo n’Umwuka Wera hamwe maze Ikavuga ngo We(Umwuka Wera Wayo) Uzatuyobora (BINYUZE MURI) marayika Wayo ukomeye w’Umucyo.

Yakomeje kubahuza mu kuvuga ngo:

Birashoboka ko atazabimenya

Ntabwo avuga ko Umwuka Wera utazamena uwo Uriwe, ariko marayika Wayo intumwa wo ku isi uwo yatoranije kugira ngo ADUSOHORE HANZE.

ariko Azaba iri hano umwe muri iyo minsi. Azakora… Imana izamumenyekanisha. Ntazaba akeneye kwimenyekanisha, kuko Imana izamumenyekanisha. Imana izahamiriza abayo. 

Indi nshuro, Ntabwo Ivuga ko Umwuka Wera azaba ari hano UMWE MURI IYO MINSI, ahubwo marayika Wayo ukomeye w’Umucyo kugira ngo ayobore Umugeni Wayo. Ntabwo agomba kwimenyekanisha ubwe, Imana izamenyekanisha umuyobozi Wayo ukomeye ku Mugeni Wayo binyuze mu GUHISHURIRWA.

Ese murimo gushyikira uko gusobanura k’umwuka? Mubasha kubona uwo marayika w’Umucyo uwo ari we uwo Imana yatoranije kugira ngo ayobore Umugeni Wayo? Ese hano hari ubwo havuze ko inkoni yahawe abandi bayobozi?

Ntuzigera ubaho imibereho iri hejuru kurusha umushumba wawe! Ibyo mubyibuke  ! Murabona.

Mugihe abandi bashobora kutadusobanukirwa kandi bakadusuzugura, mbega uburyo twishimye kandi dushimira byimazeyo kuko turi mu Guhishurirwa iyo tuvuga ngo, WILLIAM MARRION BRANHAM NI PASTERI WACU.

Noneho kubera ko buri bumwe muri ubu butumwa bubwirwa “marayika” (intumwa y’umuntu), inshingano zikomeye cyane ndetse n’amahirwe atangaje niwe bigenewe.

Ubutumwa bwohererejwe marayika Wayo, hanyuma marayika Wayo abuha Umugeni; atari mu bukozi gusa, ahubwo UMUGENI WAYO WESE kandi buri kuri kasete kubwa bose kugira ngo babwumve. Ntabwo bushobora kongerwaho cyangwa ngo bukurweho, kandi NTA BUSOBANURO bukeneye.

Araje bidatinze, kandi igihe Azazira, ni wowe Azazaho bwa mbere, Akagucira urubanza Akurikije Ubutumwa bwiza wabwirije, kandi tuzaba turi  abo uyobora.“ Ndavuga nti: “Ushatse kuvuga ko ari nge uzabazwa bariya bantu bose?” Aransubiza ati: “Buri wese muri bo. Wavukiye kugira ngo ube umuyobozi.”

Igihe umunsi ukomeye w’urubanza uje, Abanza kuza kuri marayika We ukomeye w’Umucyo kandi azamucira urubanza mbere akurikije ubutumwa yabwirije. Turi abo AYOBORA. Ashinzwe buri umwe wese muri twe kuko yari uwo Imana yatoranije kuba UMUYOBOZI.

Mushyire gusobanukirwa k’umwuka kuri ibyo. Tuzacirwa urubanza bigendeye kucyo marayika w’Imana yavuze. Noneho, urashaka gushingira amahirwe y’ubugingo bwawe bw’iteka ugendeye kucyo undi muntu avuga ko YAVUZE mu gihe washobora kucyiyumvira biturutse kuri YO?

Nigute umuntu yashobora kwizera ko hari UBUKOZI BW’INGENZI CYANE BURUTA ICYAVUZWE HANO KURI KASETE. Niba wizera ibyo, cyangwa ukaba warabyemejwe no gutekereza, byaba byiza ugarutse ku IJAMBO RY’UMWIMERERE; kubera ko uzacirwa urubanza bagendeye ku magambo ari ku makasete. Mugumane n’Ijambo nkuko ryavuzwe.

Ariko uyu Muhanuzi azaza, kandi nk’uko Integuza yo kuza kwa mbere yarangururaga igira ngo: “Dore Umwana w’intama ukuraho ibyaha by’abari mu isi”, na we azarangurura nta gushidikanya ngo: “Nguyu Umwana w’intama w’Imana uje mu cyubahiro ke.” Azakora ibi, kuko, nk’uko Yohana yari intumwa y’ukuri ku batoranijwe ni nako uyu ari intumwa ya nyuma ku Mugeni watoranijwe ndetse wabyawe n’Ijambo.
.

Ari we uzatumenyesha Umwami Yesu? Marayika Wayo ukomeye w’Umucyo, William Marrion Branham.

Muze mube Umwari Mugeni Utanduye hamwe natwe mu gihe twumva marayika Wayo intumwa ukomenye atuzanira Guhishurirwa kuruseho, Kucyumweru Saa Sita z’Amanywa. Ku isaha y’I Jeffersonville, mu gihe twumva Ubutumwa 60-1207 – “Igisekuru cy’Itorero rya Perugamo”.

Mwene Data Joseph Branham

24-1027 Igisekuru cy’Itorero ry’I Simuruna

Ubutumwa : 60-1206 Igisekuru cy’Itorero ry’I Simuruna

Exposition of The Seven Church Ages (book) :

BranhamTabernacle.org

Mukundwa Mugeni Wuzuye Umwuka

Hariho itsinda rimwe gusa ry’abantu; itsinda ridasanzwe ry’abantu, bashobora kumva icyo Umwuka avuga muri iki gisekuru cyanyuma. Ni itsinda ridasanzwe ryakiriye Guhishurirwa kw’iki gisekuru. Iryo tsinda ni iry’Imana. Itsinda ridashobora kugira icyo ryumva kitari icy’Imana.

Itsinda rishobora kumva kandi ryumva icyo Umwuka arimo kuvuga rikakira Guhishurirwa k’Ukuri. Abo bafite Umwuka w’Imana nitwe. Nitwe twabyawe n’Imana kandi tubatizwa n’Umwuka Wera. Turi Umugeni We Wuzuye Umwuka wakiriye Guhishurirwa kw’igisekuru cyacu.

Gukandaho Bikavuga ni iki bisobanuye kuri twe? GUHISHURIRWA! Ni ukumva, kwakira no kugumana n’Inzira Imana yateguye kubw’uyu munsi. Ijwi nyirizina ry’Imana rivugana n’Umugeni Wayo umunwa ku gutwi. Ni Umwuka Wera uvugana n’imitima yacu n’ubugingo.

Tuziko Imana ikoresha abantu basizwe n’Umwuka Wayo mu kuvuga, ariko nta handi hantu wakumva Uku Niko Uwiteka Avuze uretse binyuze mu Gukandaho Bikavuga maze ukumva IJWI rya marayika Wayo wa karindwi, William Marrion Branham. Niryo Jwi ry’Imana ryonyine ryahamirijwe n’Umwuka Wera Ubwe. We ni Ijwi ry’Imana, umuhanuzi w’Imana, pasteri w’Imana, kuri twe, ndetse no ku isi.

Igihe avuze, turavuga AMEN kuri buri Jambo; kubera ko ni Imana Ubwayo ivugana natwe. Ijambo Ryayo niryo Jambo ridakeneye ubusobanuro. Ni Imana ikoresha ijwi rye kugira ngo ivugane n’Umugeni Wayo.

Ni Imana Ubwayo Itubwira ngo, “Bana Banjye, ntabwo ari mwe mwantoranije, Ahubwo ninjye wabatoranije. Mbere y’uko habaho n’agace gato k’umukungugu; mbere yuko namenyekana kuri mwe nk’Imana yanyu, Narabamenye. Mwari mu Bitekerezo Byanjye, mwariho mu Bitekerezo Byanjye by’iteka. Muri Umugeni Wanjye Imbuto Jambo Rivuzwe ufatika  “

Nubwo mwahoze mu Bitekerezo Byanjye by’iteka, ntabwo nigeze mbagaragaza kugeze mu gihe cyanjye nateguye kandi nkagena. Kubera ko Namenye ko muzaba itsinda Ryanjye ridasanzwe rishobora kugumana n’Ijambo Ryanjye. Abandi bose barananiwe, ariko namenye ko mwe mutananirwa.

Ndabizi ko mutotezwa kandi bakabakoba kubera ko mwagumanye n’umuhanuzi Wanjye, ariko muri Umuzabibu Wanjye w’ukuri utarateshutse ku Ijambo Ryanjye, ahubwo mwagumye gukiranuka no kuba abizerwa ku muhanuzi Wanjye ariwe uvuga Amagambo Yanjye.

Hariho abandi benshi bigishijwe neza, ariko batitaye igihe cyose ku buryo ari ngombwa kuvuga gusa icyo Navuze nyuriye mu ntumwa Yanjye.”

Mbega ukuntu tugomba kwitwararika kumva ijwi rimwe rukumbi, kuko Umwuka afite ijwi rimwe gusa, ari ryo Jwi ry’Imana.

Yoo! Mbega ukuntu ari ingirakamaro kumva Ijwi ry’Imana rinyuze mu ntumwa Zayo, maze zikavuga icyo zahawe kubwira amatorero!

“Ijambo Ryanjye ryagiye igihe cyose riza ku muhanuzi Wanjye, ariko muri iyi minsi, mfite Ijwi Ryanjye ryafashwe ku makasete rero NTA  AMAKOSA ari kucyo nabwiye Umugeni. Hariho umurongo umwe gusa ugororotse, inkoni imwe gusa, kandi uwo ni IJAMBO  Navuze binyuze muri marayika Wanjye. Nkuko biri muri buri gisekuru, umuhanuzi Wanjye ni Ijambo ry’igihe. “

Amakasete, Ijwi Ryayo, ni urwandiko rw’urukundo kuri twe. Mu gihe umwanzi yarugashaho kudukubita hasi binyuze mu bigeragezo byacu no kurenganywa n’imibabaro, Yohereje marayika Wayo ukomeye kugira ngo atubwire ko ari nta kindi uretse urukundo rw’Imana Rutoranya kuri twe, ruduhamiriza ko Yadutoranije kuburyo tudashobora kunyeganyezwa.

Umugambi Wayo ukomeye ni nyuma y’uko tumaze kubabazwa akanya gato, Azadutunganya, atugaragaze kandi atwambike imbaraga. Yatubwiye ko habe n’Umwami wacu Yesu yatunganijwe n’imibabaro Ye. Mbega umugisha Yadusigiye. Kubw’imibabaro yacu, Abasha natwe kutugeza mu gutungana.

Yubaka imico muri twe binyuze mu bigeragezo no kurengana Kwacu. Kubera ko imico yacu ntabwo ishobora kubaho nta kubabazwa. Rero, kubabazwa kwacu ni UKUNESHA kuri twe, kandi ntabwo ari impano. 

Ni gute twakerekana urukundo rwacu tumukunda?

·        Mu kwizera icyo Avuze.

·        Kugumana n’Ijambo Rye.

·        Kugendana umunezero mu bigeragezo no kurenganywa kwacu, ibyo We, mu bwenge Bwe, yemerera ko bibaho.

Mbega uburyo Azamura umwuka wacu kubwo kumva Ijambo Rye. Ijwi Rye rikomeza ubugingo bwacu. Igihe Dukanzeho Bikavuga maze tukumva arimo Avuga, imitwaro yacu yose ihita iterurwa. Ntidushobora no kwiyumvisha ubutunzi butubikiwe aho hejuru binyuze muri ayo makuba yacu yose.

Oh, Mugeni wa Yesu Kristo, mbega uburyo nishimye kuba Umwe muri Bo hamwe na buri wese muri mwe. Mbega umunezero wuzuye umutima wanjye kubwo kumenya ko yaduhaye Guhishurirwa kw’Ijambo Ryayo. Igihe Atubwiye ko izaba yegeranye kugeza naho yayobya n’intore iyo biba bishoboka, Yaduhaye GUHISHURIRWA K’UKURI.

Ngwino, tujye hamwe mu Mwuka kuri iki Cyumweru I Saa Sita z’Amanywa, ku isaha y’I Jeffersonville, mu gihe twumva Ijambo ritunganye: 60-1206 — Igisekuru cy’Itorero ry’I Simuruna.

Mwene Data Joseph Branham

24-1020 Igisekuru cy’Itorero rya Efeso

Ubutumwa: 60-1205 Igisekuru cy’Itorero rya Efeso

BranhamTabernacle.org

Mukundwa Mugeni w’Ukuri

Mbega ibihe byiza turimo kugira mu gihe Ubuzima Bwe burimo butembera kandi busunika imbere muri twe, biduha  ubuzima. Adahari, nta buzima bwaba buhari. Ijambo Rye niryo guhumeka kwacu.

Kuri uyu munsi wuzuyeho umwijima, turi itsinda ry’igisekuru cyanyuma ryahagurutse; Umugeni Wayo w’ukuri wo mu minsi yanyuma uwo ushobora gutega amatwi gusa Umwuka, Ijwi ry’Imana ry’igihe cyacu.

Mbega uburyo dukunda kumwumva arimo atubwira ngo, “Kuri Njye, mugereranywa n’izahabu nziza yatunganijwe. Gukiranuka Kwanyu niko  Gukiranuka Kwanjye. Ibibagize nibyo bingize by’igiciro. Muri Umugeni Wanjye w’Ukuri ukundwa. “

Mu gihe urugamba rwacu rusa nkaho rugenda rukomera kurushaho buri cyumweru, Dukandaho gusa Bikavuga kugira ngo tumwumve Avugana natwe mwituze kandi Atubwira ngo, “Ntimutinye, mukwiriye Ubutumwa Bwanjye Bwiza. Muri ikintu cyiza cy’umunezero. Nkunda kubitegereza mu gihe munesha buri mwanzi muri byo bigeragezo byanyu no mu bipimo by’ubu buzima.'”

Mbona ibyo bise byanyu by’urukundo; ni umuhamagaro ukomeye mubuzima bwanyu wo kunkorera. Namenye mbere y’uko imfatiro z’isi zibaho y’uko muzamenya marayika Wanjye ukomeye uwo Nagombaga kohoreza kuba Ijwi Ryanjye kuri mwe; uburyo mudashobora gushukwa n’ibyo birura biteye ubwoba byaje aho bihamya ko bifite guhishurirwa guhwanye n’ukwe. Ntabwo mwashoboraga kuva ku Ijambo Ryanjye, habe na gato, HABE N’AKADOMO GATO. Mugumana n’Ijambo ryanjye, Ijwi Ryanjye.

Mushobora kubishyikira igihe Ndimo mbahishurira Ijambo Ryanjye uburyo Umuzabibu w’Ukuri n’Umuzabibu w’ikinyoma yatangiriye mu Ngobyi ya Edeni yagomba gukomeza kumera aho mu bisekuru.

Icyatangiye mu itorero rya mbere cyagombaga gukomeza aho muri buri gisekuru. Uburyo mu gisekuru cya mbere, umuzabibu w’ikinyoma wa Satani watangiye gucengeramo, maze urwanya abalayiki ikoresheje uwo mwuka w’abanikolayiti. Ariko mbega uko nkunda ko arimwe gusa, Mugeni Wanjye natoranije, utazigera ashukwa

Iki cyumweru, Ndagaragaza neza Ijambo Ryanjye muri mwe kubwo guhishura ubwiru bukomeye bw’urubyaro rw’inzoka. Ndabibahishurira mu buryo burambuye  ibyabaye mu ngombyi ya Edeni; uburyo Satani yimvanze mu nyoko muntu.

Ndaba mfite ibitekerezo by’umunezero kubwo kumenya ko Njye, Giti cy’Ubugingo mu Ngobyi ya Edeni, icyo kitashoboraga kwegerwa kugeza ubu kubera kugwa kw’Adamu, ubu mukaba mwaragihawe, Mwe Abanesha.

Iyi niyo ngororano yanyu. Nzabaha uburenganzira kuri Paradizo y’Imana; ubusabane buhoraho hamwe Nanjye. Ntabwo muzigera mutandukana Nanjye. Aho njya hose, mwebwe, Umugeni Wanjye niho muzajya. Muri Abanjye, Nzasangira namwe, Abakundwa banjye.

Mbega uburyo imitima yacu yitera hejuru muri twe mu gihe dusoma aya magambo. Tuziko gusohora kw’amasezerano kuri kwihuta cyane, kandi dutegerezanyije amatsiko. Reka twihutire cyane kubaha Ijambo Ryayo no guhamya ko dukwiriye gusangira kubwiza Bwe.

Ndifuza kubatumira kuza kwifatanya natwe mu gihe dukomeza inyigisho yacu ikomeye ku Bisekuru Birindwi by’Itorero, aho Imana irimo iduhishurira Ijambo Ryayo binyuze mu nzira Yayo yagenwe mbere, intumwa marayika Wayo wa karindwi.

Mwene Data Joseph Branham

Kucyumweru Saa sita z’amanywa, ku isaha y’I Jeffersonville.

60-1205 Igisekuru cy’Itorero rya Efeso

24-1013 Iyerekwa ry’i Patimo

Pesan: Iyerekwa ry’i Patimo 60-1204E

BranhamTabernacle.org

Mukundwa Mugeni Jambo Ritunganye,

Ni ibiki birimo kuba mu mugeni hose ku isi? Turimo turajya mu Mwuka, turahaguruka kandi tukarangurura ngo “Icyubahiro kibe icy’Uwiteka! Haleluya! Muhimbaze Uwiteka!” Imana irimo iratujyana kandi Irimo irahishurira Umugeni Wayo Ijambo Ryayo.

Ibintu twagiye dusoma kandi twumva ubuzima bwacu bwose ubu birimo biragaragara. Kwihuta gukomeye kurimo kurabaho. Turimo turamurikirwa n’Ijambo kuruta uko byigeze kubaho mbere.

Twumva imbere aho mu bugingo bwacu. Hari ikintu gitandukanye, hari ikintu kirimo kubaho. Twumva Umwuka Wera arimo kudusiga, yuzuza imitima yacu n’ibitekerezo Ijambo Rye.

Dushobora kumwumva avugana natwe: Umwanzi arimo arabarwanya cyane kuruta uko byigeze mbere, ariko ntimutinye bana bato, MURI ABANJYE. Mbaha urukundo Rwanjye, umwete n’ubushobozi. Muvuge gusa Ijambo, kandi nzarikora. Ndi kumwe namwe igihe cyose.

Mu kwiga kwacu gukomeye ku Guhishurirwa kwa Yesu Kristo, dutegerezanyije amatsiko buri cyumweru icyo Agiye kuduhishurira gikurikiraho. Ijambo Rye nibwo buhungiro bwacu bwonyine , amahoro no guhumurizwa. Dutega amatwi n’ubwitonzi tukongera ndetse tukongera. Buri gika dusomye, tuba dushaka gusakuza no gutera hejuru mu gihe Ijambo rifungurirwa imbere y’amaso yacu. Kwizera kw’Izamurwa kurimo kuraza ku Mugeni, kuzura ubugingo bwacu.

Tekereza, nta hantu mu isi bigusaba kujya, ahubwo biri ku mitwe y’intoki zawe, kumva Ijwi ry’Imana rivugana nawe kandi riguhishurira Ijambo Ryayo.

Mbega uburyo Imana yakuyeho igitwikirizo, Ikakigizayo, maze ikemerera Yohana kurebamo kandi akabona icyo buri gisekuru cy’itorero cyajyaga gukora, maze akabyandika mu Gitabo nuko akakitwoherereza. Hanyuma, igihe kuzura kw’igihe kuje, Imana ikatwoherereza marayika Wayo wa karindwi ukomeye kugira ngo Abivuge, kandi ahishure icyo Ibyo byose bisobanuye.

Yohana yanditse ibyo yarebaga, ariko ntabwo yari azi icyo bisobanuye. Yesu nawe igihe yari hano ku isi ntabwo yari abizi. Nta n’umwe aho hose mu bisekuru wigeze abimenya, kugeza uyu munsi, iki gihe, ubu bwoko, TWEBWE, Umugeni Wayo.

Mbega uburyo Yaduhishuriye ko ariya matabaza arindwi yarimo avoma ubuzima n’umucyo biturutse mu bigize urwo rwabya rukuru. Yatubwiye uburyo yose yari afite intambi zayo zijanditswemo aho. Buri ntumwa y’igisekuru yabaga igurumanishwa n’Umwuka Wera hamwe n’urwo rutambi rwibijwe muri Kristo, rukurura ubwo buzima nyirizina bwa Kristo maze Bakamurikira itorero uwo Mucyo. Kandi noneho, intumwa yacu y’igihe cyanyuma, ikomeye kurusha izindi ntumwa zose, afite ubwo buzima bumwe n’uwo Mucyo umwe ugaragazwa n’ubuzima bwari buhishwanywe na Kristo mu Mana.

Hanyuma marayika wacu ukomeye atubwira ko atari intumwa gusa zarimo aho, AHUBWO BURI WESE MURI TWE NAWE YARIMO, abizera nyakuri b’Imana. Buri wese muri twe yari ahagarariwe hariya mu buryo bukomeye. Buri wese muri twe avoma kuri iyo soko imwe n’intumwa. Twese twibijwe muri urwo rwabya rumwe. Twarapfuye kubwacu n’ubuzima BWACU buhishwe hamwe, ndetse muri, Kristo Yesu Umwami wacu.

Mbega uburyo adutera umwete kubwo kuvuga ngo ntawe ushobora kutuvumvunura mu Kigangza cy’Imana. Ubuzima Bwacu ntibushobora guhungabana. Ubuzima bwacu bugaragara buragurumana ndetse burarabagirana, butanga umucyo kandi bugaragaza Umwuka Wera. Ubuzima bwacu bw’imbere butagaragara buhishwe mu Mana kandi bugaburirwa n’Ijambo ry’Umwami.

Urugamba rurashyushye. Umwanzi ari kurwana inkundura kurusha uko byigeze mbere, agerageza uko ashoboye kuba yaduca intege, akadukubita hasi, ariko ntashobora kubigeraho. Imana Ubwayo ivugana natwe binyuze mu minwa y’umuntu maze ikatubwira ko, TURI UMUGENI WAYO UWO YATORANIJE, kandi binesha satani IGIHE CYOSE.

Umwami wacu Utunganye, Abwira Ijambo Rye Ritunganye, Agaha amahoro Atunganye, Umugeni We Utunganye.

Nkuko bigenda igihe cyose, ndatumira isi kugira ngo ize yinike intambi zabo muri urwo RWABYA RUKURU, ubu Butumwa, ubwo bwahunitswe kandi bukarindirwa Umugeni. Tuzaba turimo kurangurura kandi dutera hejuru I saa sita z’amanywa ku I Saha y’I Jeffersonville, mu gihe twumva Ijwi ry’Imana rivuga kandi riduhishurira icyabaye mu: Iyerekwa ry’i Patimo 60-1204E.

Mwene Data Joseph Branham

24-1008 Ihishurwa Rya Yesu Kristo

Ubutumwa : Ihishurwa Rya Yesu Kristo 60-1204M

BranhamTabernacle.org

Mukundwa Musirikare w’Imana Utaneshwa

Turi babandi bamwe Data yatoranije kandi akabaha GUHISHURIRWA K’Uwo Ariwe k’Ukuri; Mwe kandi Mwe Mwenyine TORERO Rye RY’UKURI. Mwebwe abo Yatoranirije gukora IMIRIMO IKOMEYE. Kubera ko kubw’Umwuka We, dushobora kurondora kandi tukarwanya umwuka w’antikristo wa Satani. NTA MBARAGA AFITE imbere YACU, kubera ko turi Ingabo Z’Imana Zidatsindwa

Satani yanga guhishurirwa kose, ARIKO TWE TURAGUKUNDA; kubera ko turi abakunzi b’Ijambo ry’Imana rihishuwe. Hamwe no Guhishurirwa k’ukuri mu buzima bwacu, amarembo y’ikuzimu ntashobora kutunesha; tunesha umwanzi. Buri dayimoni yose iri munsi y’ibirenge byacu. Turi Umwe na We kandi dushobora kuvuga Ijambo, kubera ko turi Ijambo Rye.

Umwami yabishyize ku mutima wanjye kubwacu ko twiga kandi tukumva Ibihe Birindwi by’Itorero. Bigiye kuba Ibyumweru by’Urwandiko Rudasanzwe kuri buri wese muri twe. Azaba arimo kuduhishurira Ijambo Rye kuruta uko byigeze mbere, kubw’imbaraga Zayo zikomeye.

Noneho iki nicyo gihe. Noneho uyu niwo mwanya. Azaba arimo adukangura, Adutera umwete, kubwo kuduha Gushagurutswa no Guhishurirwa, kandi bizatera ubugingo bwacu kugurumana!!

Guhishurirwa kwa Yesu Kristo ni Igitabo cy’ubuhanuzi icyo gishobora kumvwa gusa n’igice cy’abantu b’urwego runaka abo bafite imirebere ya gihanuzi, TWE, Umugeni We. Bisaba Guhishurirwa k’UKURI kumenya ko urimo gusoma kandi ukumva Ijwi ry’Imana rivuye ku ntumwa Yayo marayika watoranijwe, uduha amabwiriza y’indengakamere.

Ni Uguhishurirwa kwa Yesu Kristo uko kwahawe Yohana kubw’Abakristo b’ibihe byose. Nicyo gitabo cyonyine muri Bibiliya yose cyanditswe na Yesu Ubwe, binyuze mu kwiyereka Ubwe umwanditsi

Ibyahishuwe 1:1-2
Ibyahishuwe na Yesu Kristo, iby’Imana yamuhereye kugira ngo yereke imbata ze ibikwiriye kuzabaho vuba, agatuma marayika we, na we akabimenyesha imbata ye Yohana,
Uhamya ibyo yabonye byose, ari Ijambo ry’Imana no guhamya kwa Yesu Kristo.

Igitabo cy’Ibyahishuwe ni ibitekerezo by’Imana kandi byanditswe n’Imana Ubwayo. Ariko Yabyoherereje  kandi ibisobanurira umugaragu Wayo Yohana binyuze muri marayika Wayo. Yohana ntabwo yigeze amenya ubusobanuro Bwabyo; yanditse gusa ibyo yarebaga kandi akumva.

Ariko uyu munsi, Imana yohereje marayika Wayo ukomeye ku isi kugira ngo ahishurire Umugeni Wayo uku Guhishurirwa Gukomeye, kugira ngo tubashe gusoma kandi twumve ibyagiye biba mu bisekuru byose by’itorero. Twashobora kubona umukumbi Wayo muto wagumanye n’Ijambo kandi ukarikiranukira  muri buri gisekuru.

Imana yavugiye muri marayika Wayo maze Ivuga ko muri iyi minsi  yanyuma, igihe Ijwi ry’intumwa y’igisekuru cya karindwi rizatangira kurangurura, Izahishura ubwiru bw’Imana nkuko Imana yahishuriye Pawulo. Abo bakira uyu muhanuzi mu izina rye bazakira imigisha ya ministeri y’umuhanuzi.

Icyubahiro kibe icy’Uwiteka, turi Umugeni w’Imana Ukandaho Bikavuga uwo wakiriye uwo muhanuzi mu Izina Rye, kandi turimo kwakira iyo migisha. Twizeye ko ari Ijwi ry’Imana ririmo kuvuga kandi rikayobora Umugeni Wayo.

Oh Torero, ibyo tugiye gusoma kandi tukumva mu byumweru bije. Kuri Yo, tumeze nk’Izahabu Yayo NZIZA. Icyo Iricyo, nicyo turicyo. Turi Umuzabibu Wayo w’Ukuri. Twaranesheje. Twaratunganijwe, dushyirwaho, turakomezwa. Twatoranijwe n’Urukundo Rwayo rwo Gutoranya. Nta gihari cyo gutinya. Turi itsinda ryumva intumwa n’Ubutumwa bwayo kandi rikabufata rikabeshwaho Nabwo.

Buri Cyumweru tuzaba turi kuvuga ngo, “Ese Imitima yacu ntigurumanaga muri twe mu gihe Yavuganaga na twe Aduhishurira Ijambo Rye turi mu nzira”.

Niba wifuza kumva usizwe n’Umwuka Wera Wayo, akira kurushaho Guhishurirwa kw’Ijambo ry’Imana, kandi turashaka kwicara imbere y’Umwana kugira ngo dukomere, kandi twakire Kwizera kw’Izamurwa, ngwino wiyunge natwe Kucyumweru I saa sita z’amanywa ku isaha y’I Jeffersonville, mu gihe dutangira inyigisho yacu ikomeye: Ihishurwa Rya Yesu Kristo 60-1204M.

Mwene Data Joseph Branham

Ndashaka kugutera umwete wo kumva, cyangwa gusoma, buri cyumweru mu Gitabo cy’Ibihe Birindwi, Igice twumvise buri Kucyumweru.

24-0929 Urufunguzo Rw’Umuryango

Ubutumwa : 62-1106 Urufunguzo Rw’Umuryango

BranhamTabernacle.org

Bakundwa Abafite Urufunguzo Rwo Kwizera

“Ninjye Muryango w’intama. Ndi Inzira, Inzira yonyine, Ukuri, n’Ubugingo, kandi nta muntu wagera kuri Data keretse anyuze kuri Njye. Ndi Umuryango w’ibintu byose, kandi kwizera ni urufunguzo rufungura Umuryango kugira ngo mubashe kwinjiramo.”

Hariho ikiganza kimwe gusa gishobora gufata uru rufunguzo, kandi icyo ni ikiganza cyo KWIZERA. KWIZERA nirwo rufunguzo rwonyine rufungura amasezerano yose y’Imana. KWIZERA mu murimo We warangiye bifungura buri rugi kuri buri butunzi buri imbere mu Bwami bw’Imana. KWIZERA ni urufunguzo mberabyombi rukomeye rw’Imana arirwo rufungurira UMUGENI WAYO BURI RUGI kandi dufite urwo Rufunguzo mu KUBOKO KO KWIZERA

Urwo rufunguzo rwo kwizera ruri mu mitima yacu, kandi turavuga ngo, “Ni Ijambo ry”Imana; ni amasezerano y’Imana kuri twe, kandi dutunze urufunguzo”. Kandi noneho, hamwe na buri gace gato kose ko kwizera dufite, nta gushidikanya  kugace na kamwe, dufungura buri rugi ruhagaze imbere yacu n’imigisha Imana ifite kubwacu. Kuzimya ubukana bw’umuriro. Guhambura gukira ku barwayi. Gufungura agakiza  kacu. Twageze ku Rugi kandi icyo dukoze cyose mu magambo no mu bikorwa, tubikora byose mu Izina Rye, tuziko dufite urufunguzo rwo kwizera; kandi ni urufunguzo rukozwe mu Byanditswe

Ntabwo dushishikajwe n’icyo undi wese atekereza, hari ikintu kimwe tuzi neza: Imana yaraduhamagaye, ITUgena mbere, IDUhishurira Ijambo Ryayo, Itubwira abo turibo,  kandi twamaramaje gukurikira Ijambo Ryayo, kubera ko Yaduhamagariye kuba Umugeni Wayo.

Data yafashe inyenyeri Ze zirindwi, intumwa Ze zirindwi, ku bisekuru birindwi mu kiganza Cye. Arazifite mu kiganza Cye, kubera ko bifitanye isano n’imbaraga Ze. Icyo nicyo ikiganza gisobanuye. Bisobanuye imbaraga z’Imana! N’ubutware bw’Imana.

Dufashe Ijambo Ryayo mu kiganza cyacu cyo Kwizera, bisobanuye imbaraga n’ubutware bw’Imana biri mu BIGANZA BYACU kandi Yaduhaye URUFUNGUZO kugira ngo dufungure buri rugi kubwa buri kintu dukeneye cyose. Ni Urufunguzo rufungura byose arirwo ruzafungura BURI RUGI.

Noneho nzi impamvu Imana yaduhaye intoki 5 kuri buri kiganza; ntabwo ari 4, ntabwo ari 6, ahubwo 5, bityo kugira ngo buri gihe uko turebye ku biganza byacu twibuke, ko dufite KWIZERA ko gufungura buri rugi.

Ni ikimenyetso cy’iteka ku kiremwa muntu tudashobora kwibagirwa; igihe cyose ujye wibuka kandi ugire umwete, ko dufite KWIZERA mu biganza byacu. Kandi Izakuza kwizera kwacu kungana n’akabuto ka sinapi nuko Iduhe KWIZERA GUKOMEYE MU IJAMBO RITIGERA RINANIRWA, RIHORAHO ITEKA RIDASHOBORA KUNANIRWA!!!

Twashobora kuzamura amaboko yacu tuyerekeje mu Ijuru, tukarambura intoki zacu 5 kuri buri kiganza nuko tukamubwira ngo, “Data, twizera kandi dufite KWIZERA muri buri Jambo Wavuze. Ni Isezerano Ryawe, Ijambo Ryawe, kandi Uzaduha KWIZERA DUKENEYE niba twizeye gusa…. kandi twe TURIZEYE.”

Ubwo tutari twagira Amateraniro yacu y’Ifunguro Ryera kugeza Kucyumweru nimugoroba, ndashaka kubashishikariza guhitamo Ubutumwa mugomba kumva hamwe n’Itorero ryanyu, umuryango, cyangwa umuntu ku giti cye, Kucyumweru mu gitondo, bikurikije uko igihe kiboroheye. Nta buryo nyakuri buhari bwo kugenzura Kwizera kwacu bwaruta kumva Ijambo; kubera ko KWIZERA kuzanwa no kumva, kumva Ijambo, kandi Ijambo riza ku muhanuzi.

Reka twese noneho twiyunge hamwe isaa kumi n’imwe z’umugoroba (ku isaha y’aho muri) kugira ngo twumve Ubutumwa, 62-1007 Urufunguzo Rw’Umuryango. Nkuko byatangajwe, ndifuza ko tugira Amateraniro y’Ifunguro Ryera Adasanzwe, ariyo azaba arimo atambuka kuri Voice Radio (Radiyo Ijwi) isakumi n’imwe z’umugoroba  (ku isaha y’i Jeffersonville). Mwashobora kumanura kandi mugakurikira iteraniro mu Cyongereza cyangwa mu zindi ndimi kubwo gukanda kuri uyu murongo

Kimwe no kuyandi Materaniro y’Igaburo Ryera yabaye mu bihe byahise, ku iherezo rya kasete Mwene Data Branham asengera umugati na vino. Haba hari umuziki wa piano iminota myinshi mu rwego rwo kugira ngo musoze igice cy’amateraniro y’Igaburo Ryera. Hanyuma, Mwene Data Branham asoma Icyanditswe kijyanye no kozanya ibirenge, maze hakajyamo Indirimo z’Ubutumwa Bwiza zikurikira kuyobora kwe kw’iminota mike, mu rwego rwo kugira ngo murangize igice cy’amateraniro yo kozanya ibiringe

Mbega amahirwe dufite yo gutumira Umwami wacu Yesu kugira ngo asangira na buri wese muri twe mu ngo zacu, insengero, cyangwa aho mwaba muri hose. Munsegere mu gihe muvugana na We, nkuko nanjye nzaba ndimo mbasengera.

Imana ibahe umugisha,

Mwene Data Joseph Branham