All posts by admin5

25-0119 Ibyahishuwe, igice cya Gatanu igika cya 1

Ubutumwa : 61-0611 Ibyahishuwe, igice cya Gatanu igika cya 1

BranhamTabernacle.org

Bakundwa  Abemewe,

Mbega ibihe byiza by’itumba turimo tugira mu gihe Umwuka Wera amurikira Umugeni mu Ijambo Ryayo kuruta uko byigeze biba mbere. Ibintu wenda twigeze twumva mbere, tukaba twarabisomye ndetse tukabyiga ubuzima bwacu bwose none ubu birimo gutwikurwa kandi bigahishurwa kuruta uko byaba byarigeze bibaho mbere.

Umuntu yategereje imyaka ibihumbi kubw’uyu munsi. Bose bifuzaga cyane kandi basengeraga kumva no kubona ibintu tubona kandi twumva. Habe n’abahanuzi bakera bifuzaga cyane uyu munsi. Uburyo bifuzaga kubona gusohora no kuza k’Umwami.

Habe n’intumwa za Yesu, Petero, Yakobo, na Yohana, abantu bagendanaga kandi bakavugana naWe, bifuje kubona no kumva ibyo byose byari bihishwe. Basengeraga ko byahishurwa kandi bikerekanwa mu minsi yabo, mu gihe cyabo.

Aho hose mu Bisekuru Birindwi by’Itorero, buri ntumwa, Pawulo, Martini, na Lutheri, bashakaga kumenya ubwiru bwose bwari bwarahishwe. Ibyifuzo byabo kwari ukubona gusohozwa kw’Ijambo kubaho mu bihe byabo babayeho. Bifuzaga kubona kuza k’Umwami.

Imana yari ifite umugambi. Imana yari ifite igihe. Imana yari ifite ubwoko Yari itegereje… TWEBWE. Aho hose mu bisekuru, bose baratsinzwe. Ariko Yarizi ko, binyuze mu kumenya mbere Kwayo, ko hazabaho ubwoko: Umugeni Jambo Wayo utunganye, w’icyubahiro. ABATAZIGERA BAMUTENGUHA. Ntibazigera bagambana ku IJAMBO NA RIMWE. Bazaba ari Umugeni Wayo Jambo utunganye w’umwari.

Ubu nicyo gihe. Uyu niwo mwanya. Turi abatoranijwe abo Yari Yarategereje guhera igihe Adamu yaguye kandi akamburwa uburenganzira bwe. TURI UMUGENI WAYO.

Imana yeretse Yohana imbanziriza y’ibyo byose byagomba kubaho, ariko ntabwo yamenye icyo byasobanuraga. Igihe yahamagawe ngo azamuke, yabonye mu kuboko kw’iburyo k’Uwari wicaye ku ntebe y’ubwami igitabo cyanditswemo imbere, gifatanishijwe ibimenyetso birindwi, ariko nta muntu wari uhari ukwiriye gufungura icyo gitabo.

Yohana yavugije induru kandi ararira bikomeye kuko bose bari barimbutse, nta byiringiro byari bihari. Ariko icyubahiro kibe icy’Uwiteka, umwe mu bakuru aramubwira ngo, “Wirira, dore, Intare yo mu muryango wa Yuda, Igishyitsi cya Dawidi, Yanesheje kugira ngo afungure igitabo, kandi kugira ngo amene ibyo bimenyetso birindwi.”

Icyo nicyo cyari igihe. Uwo niwo wari umwanya. Uwo niwe muntu Imana yari yaratoranije kwandika ibyo yabonye byose. Ariko nabwo, ntibyari bizwi byose ubusobanuro bwabyo.

Imana yari yarategereje kandi itegereza igikoresho Cyayo yatoranije, intumwa marayika Wayo wa karindwi, kugira ngo aze ku isi, kugira Ikoreshe ijwi rye ngo ribe Ijwi Ryayo, ku Mugeni Wayo. Yashakaga kuvuga umunwa ku gutwi bityo kugira ngo hatabaho KUMVA NABI. Yo Ubwayo, yashakaga kuvuga kandi igahishura ubwiru Bwayo bwose ku bakundwa Bayo, abagenwe mbere, batunganye, Umugeni mwiza… TWEBWE!!

Mbega uburyo Yifuje cyane kutubwira ibi bintu bitangaje. Nkuko umugabo abwira umugore we uko amukunda inshuro nyinshi, kandi ntiyigere aruha kubyumva, Ikunda kutubwira ukuntu idukunda inshuro nyinshi, uburyo yadutoranije, Ikaba Yaradutegereje, kandi ubu Ikaba ari twe Iziye.

Yari ibizi uburyo tuzishimira kuyumva ibitubwira inshuro nyinshi, bityo rero Yemeye ko Ijwi Ryayo rifatwa amajwi, ni muri ubwo buryo Umugeni Wayo ashobora ‘Gukandaho Bikavuga’ igihe cyose, buri munsi, kandi bakumva Ijambo Ryayo ryuzura imitima Yabo.

Umugeni mukundwa Wayo yiteguye Ubwe binyuze mu kurya Ijambo Ryayo. Ntabwo tuzongera kumva ku kindi kintu cyose, usibye gusa Ijwi Ryayo. Twashobora gusa kurya Ijambo Ryayo Ritunganye iryo yaduhaye.

Dufite amatsiko akomeye. Tubyiyumvamo mu bugingo bwacu. Araje. Twumva indirimbo z’ubukwe zirimo zicurangwa. Umugeni arimo aritegura gutambuka mu nzira. Buri wese  nahagarare, Umugeni araje kugira ngo abane n’Umukwe we. Byose byamaze gutegurwa. Igihe cyageze.

Aradukunda kurusha undi we. Turamukunda kurusha undi wese. Tugiye kuba umwe hamwe naWE, n’abo bose dukunda, aho ngaho mu iteka.

Muratumiwe kugira ngo mwitegure ubwanyu kubw’ubukwe hamwe natwe kuri iki Cyumweru I saa sita z’amanywa, ku isaha y’I Jeffersonville, mu gihe twumva Ijwi ry’Imana riduhishurira Ibyahishuwe, igice cya Gatanu igika cya 1 61-0611 .

Mwene Data Joseph Branham

21-0117 Icyuho kiri hagati y’Ibisekuru Birindwi by’itorero n’Ibimenyetso Birindwi

Ubutumwa : 63-0317E Icyuho kiri hagati y’Ibisekuru Birindwi by’itorero n’Ibimenyetso Birindwi

BranhamTabernacle.org

20-0705 Kristo ni We Bwiru bw’Imana Buhishuwe

Ubutumwa : 63-0728 Kristo ni We Bwiru bw’Imana Buhishuwe

BranhamTabernacle.org

Bakundwa Mwe Ntore,

Uyu munsi Umugeni wa Kristo aranezerewe kurusha ikindi gihe cyose mu mateka y’isi, kuko ukurikije Ijambo ry’Imana, Yaduhishuriye ko dufite Ubugingo Buhoraho kandi ko tutazajya mu rubanza, ahubwo ko twavuye mu rupfu tukajya mu Bugingo, kubera ko Yatwaye urubanza rwari urwacu.

Noneho yaduhishuriye ikintu kurushaho kuba kinini, ndetse gikomeye. Uravuga ngo GIKOMEYE? Yego, atari gusa kuba dufite Ubugingo Buhoraho (kuko hariho ibihumbi n’ibihumbi by’abantu bazakira Ubugingo Buhoraho), ariko Yaraduhishuriye kandi aratubwira ngo, “Mfite ikintu cyihariye kuri mwe gusa. Ikintu abo batigeze bagira, kubera iki, kuko MURI INTORE ZANJYE N’UMUGENI NAGENNYE MBERE, kubw’ibyo nabateguriye ahantu hihariye CYANE HANJYE NA MWE GUSA.”

Waba usinziriye, waba udasinziriye,waba ukora cyangwa udakora; waba ushyinguye, habe n’ubwo waba utarashyinguwe na gato, ugomba kuza uko byangenda kose! Nta kintu gihari cyashobora kugufata. Uzaba uhari!”

Tuzaba duhari kandi nta kintu gihari cyashobora kuduhagarika, nta gihari! Kandi igihe tuzaba turi aho, tuzubaka amazu, maze tuyaturemo. Tuzatera inzabibu, maze turye imbuto zazo. Ntabwo tuzatera ngo undi abizungure, TUZAtera inzabibu zacu ubwacu, twubake amazu yacu, kandi tuyaturemo.Tuzabana mu iteka buri umwe wese ndetse hamwe na We nk’Umugeni We.

Turimo kwitegura kuzamuka mu birere kubw’imbaraga z’Imana. Tugeze kugasongero ka piramide twiteguye Izamurwa. Kandi ni gute tumenya ko ibi bintu ari ukuri? Binyuze mu Guhishurirwa. Twamenye umunsi wacu, tumenya intumwa yacu, kandi ubu twamenye abo turi bo.

Ariko, ushobora kubayo gusa niba unyura mu Nzira yateguwe n’Imana. Iyo ni Ubutumwa bw’igihe bwavuzwe n’intumwa yateguwe n’Imana. Niyo nzira yonyine Imana yateguye kubw’uyu munsi.

Hamwe na buri Butumwa bushya, Tumwumva atubwira uburyo Yadutoranije kuba Umugeni utazagwa, uwo uzagumana n’Ijambo atitaye kubyo abasigaye bo mu isi bose bavuga kuri Ryo. Bazagumana n’iryo Jambo, kubera ko bagenewe mbere guhagarara aho kubera ko We(Umugeni) ni igice cy’Ijambo. Ntibizabatera isoni, ahubwo batewe ISHEMA no kuvuga ngo, “Yego, NKANDAHO BIKAVUGA.”

Ese murabyumva? Niba unaniwe, garuka kuri iyi kasete indi nshuro.Ntabwo nzi igihe nzamarana namwe. Mwibuke, uku ni Ukuri, ni UKU NIKO UWITEKA AVUZE. Ni Ukuri. Ni Ibyanditswe.

Dutegerezanyije amatsiko icyo Aza kuduhishurira gikurikiyeho. Twabonye uburyo yaduhurije hamwe duturutse hirya no hino ku isi mu ngo zacu kugira ngo twumve Ibyo Kurya Bye Yahunitse. Twabonye uburyo ahishura ibintu twumvise kenshi, inshuro nyinshi mbere, imyaka myinshi, ariko bikaba birimo bigaragazwa ubu

Ariko ni iki Ubutumwa bukurikiyeho buduhishurira?

Niba Uwiteka abishatse, ndashaka kuvuga, mu gusoza aya materaniro y’uruhererekane guhera Kucyumweru mu gitondo ndi hano, kuri buri kintu cyose cy’ingenzi.

… Icyo ngiye kugerageza gukora, niba Umwuka Wera aza kumfasha, gufata Ubutumwa n’ahantu bigeze ubu, maze nkabigaragaza mpereye aho byatangiriye, maze nkabyubaka kugeza aho tugeze ubu.

Agiye kutubwira aho Ijambo ryatangiriye maze arigaragaze kugeza magingo aya. Mbega umunsi ku Mugeni We.

Imana mu mubiri Wayo, Kristo; na Kristo mu Mubiri We, Umugeni. Oh-oh-oh, mbega! Imana igaragajwe muri Kristo; Kristo ugaragajwe mu Mugeni! Kandi nkuko Imana yakuye umugore mu mubiri w’Adamu, nuko akagwa; hanyuma Imana yakuye mu mubiri wa Kristo, akara Ke, Umubiri We, ariwo Jambo Rye, kandi arimo arakuramo Umugeni muri Ryo uwo utazigera ugwishwa n’idini cyangwa umugenzo. Oya, mugabo. Ahubwo Umugeni araje n’Ijambo ritunganye, ritavangiye ry’Imana rigaragajwe. Ndizera ko buri mugabo wumva iyi kasete, na buri mugore, azasobanukirwa ibyo.

Ntidushobora kwihanganira gutegereza kumva Imana ivuga inyuriye mu ntumwa Yayo maze ikatubwira ko turi Ijambo ry’Imana ritunganye, ritavangiye ririmo rigaragazwa binyuze mu kumva kasete.

Reka duteranire hamwe ku rizo ndangururamajwi zacu ahantu hose ku isi, mu gihe twicaye hamwe ahantu ho mu ijuru I saa saba z’amanywa ku isaha y’I Jeffersonville maze twumve Ijwi ry’Imana riduhishurira, 63-0728 Kristo ni We Bwiru bw’Imana Buhishuwe.

Mwene Data Joseph Branham