Ubutumwa : Uyu Munsi, Iki Cyanditswe kirasohoye! 65-0219
All posts by admin5
22-1106 Imbuto ntabwo iraganwa n’igishishwa
Ubutumwa : 65-0218 Imbuto ntabwo iraganwa n’igishishwa
- 24-0602 Imbuto ntabwo iraganwa n’igishishwa
- 22-1106 Imbuto ntabwo iraganwa n’igishishwa
- 19-1027 Imbuto ntabwo iraganwa n’igishishwa
- 17-0104 Imbuto ntabwo iraganwa n’igishishwa
Mukundwa Mwari Mugeni Jambo,
Turi hano. Twahageze. Igihe kiregereje. Igishishwa cyamaze gutandukana n’Imbuto. Twagumye aho imbere y’Umwana, kugira ngo dukomere. Tuzaguma aho Imbere Ye kugeza ubwo itsinda ryacu rito rizahinduka irikomeye muri Kristo, kugeza ubwo tuzahinduka umugati ku meza Ye. Urakoze Mana!
Ubu Butumwa bugaragaza Malaki4, bugaragaza Luka 17:30; bugaragaza Abaheburayo 13:8, bugaragaza Yohana 14:12, bugaragaza Ibyahishuwe igice cya 10, kumenwa kw’Ibimenyetso Birindwi, ubwiru bw’Imana, urubyaro rw’inzoka, gushaka no gutandukana, ndetse n’ubu bwiru bwose butandukanye bwahishwe munsi y’inkingi z’iyi myaka yose.
Turi abari ku Ijambo. Ntidushobora kandi ntituzigera dukora ku kintu icyo aricyo cyose. Kuri buri butumwa twumva, buba bufutse kandi ari bushya; Manu nshya imanuka iva mu Ijuru.
Ariko Yaratuburiye ko mu gihe cya nyuma hazabaho imyuka ibiri izaba yegeranye, kuburyo yayobya n’intore, iyo biba bishoboka. Rero, tugomba kuba maso tukareba uwo mwuka kuko bigaragara ko ari Umugeni ubwe.
Mwitegereze, murebe uburyo bisa. Matayo yaravuze, Matayo 24:24, yaravuze ngo , “Imyuka ibiri mu minsi yanyuma,” umwuka w’itorero mu bagize itorero, n’Umwuka w’Umugeni mu bagize umugeni,” bizaba byegeranye cyane kugeza n’aho byayobya Intore iyo biba bishoboka.” Uko niko byegeranye cyane.
Yaravuze ngo UMWUKA w’abagize itorero n’UMWUKA w;abagize Umugeni izaba yegeranye cyane umwe ku wundi. Ibyo byashobora gusobanura ko umwuka w’abagize itorero bazashobora kuvuga ko bizera Ubutumwa bw’igihe kugira ngo bibe BYEGERA CYANE.
Ibyo ntabwo bishobora kuba Abamethodiste, Ababaptista, Abapresbyterian, cyangwa Abapantekote; bari kure cyane y’Ijambo ndetse banze Ubutumwa. Nta n’umwe muri bo ufite umwuka uri hafi y’Umugeni.
Satani yaragerageje, ndetse aratsinda cyane; kubwo kuba ushukana cyane. Habe no mu itangiriro, yaravuze gusa ngo,”Ese koko,” mu buryo yarimo abwira Eva gukoresha imitekerereze ye kandi yari akwiriye kumwumva ntiyumve Ijambo ryonyine. Hari ikintu kimwe gusa yari yategetswe gukora: Kugumana n’Ijambo.
Iby’ukuri:
Niba ufite ikibazo, hagomba kuba hari igisubizo. Icyo nicyo umuhanuzi yatubwiye. Igisubizo kigomba guturuka mu Ijambo. Ijambo riza gusa ku muhanuzi. Umuhanuzi niwe musobanuzi wenyine w’Ijambo. Niba hagize umugabo cyangwa umugore uguha gisubizo, kigomba kuba ari ikintu cyavuzwe n’umuhanuzi, ntibigomba kuba ubusobanuro bwabo, ibitekerezo cyangwa gusobanukirwa. Bagomba kubishyigikiza Ijambo ryavuzwe n’umuhanuzi wahamirijwe n’Imana. Ntabwo ari ijambo ry’umuhanuzi wongeyeho, ni icyo umuhanuzi yavuze gusa.
Hariho amashuri abiri y’ibitekerezo
1: Ugomba kwizera buri Jambo riri ku makasete ryose kuko nibwo Butumwa bw’ingenzi ukwiriye kumva.
2: Ntabwo ari ngombwa kwizera buri Jambo riri ku makasete, kandi ubukozi ubu bufite ubutumwa bukomeye mukwiriye kumva.
Hari byinshi, hari guhindagurika kwinshi mu gitekerezo cya kabiri: Umwuka Wera azanyobora cyangwa ayobore pasteri wanjye kugira ngo ambwire ikiri Ijambo n’ikitari Ryo. Dukeneye ibiruta ibyo Mwene Data Branham yavuze ku makasete. Uragomba kugira umukozi w’Imana kugira ngo agusobanurire cyangwa agutaturire Ijambo. Hatari umukozi w’Imana ntabwo ushobora kuba Umugeni.
Hari ukunyuranya kwinshi, ariko ntibishoboka ko wabirondora byose. Ariko nta ruvange cyangwa kunyuranya biri mu rya mbere. Biroroheje, IZERE IJAMBO RYOSE.
Nk’abizera muri ubu Butumwa bw’igihe cya nyuma, mugomba kwibaza ibi bibazo:
1: Wizera icyo umuhanuzi yavuze ku makasete ko ari cyo Kidakuka cyawe, cyangwa wizera Umwuka Wera uri muri wowe cyangwa muri pasteri wawe?
2: Wizera ko ubukozi butanu bufite ubutumwa bw’ingenzi cyane Umugeni akwiriye kumva, cyangwa ni Ubutumwa buri kuri aya makasete?
Niba pasteri wawe, umubwiriza, umwigisha, umuvugabutumwa cyangwa umuhanuzi atakubwira ko kumva amakasete aribwo BUTUMWA BW’INGENZI CYANE ukwiriye kumva, ni uw’ikinyoma, NI WA MWUKA UMUHANUZI YATUBURIYE KO UZAZA.
Iyo akubwiye ko ARIBWO Butumwa bw’ingenzi cyane mukwiriye kumva, ariko agakomeza kwanga ko muvuza amakasete mu rusengero rwe, HABA HARI IKINTU KITAGENDA NEZA. Niba yizera nyakuri mu kumva amakasete icyo nicyo kintu cy’ingenzi cyane mwashobora gukora, noneho icyo akwiriye KUBANZA gukora ni ukuvuza makasete, hanyuma akabwiriza niba yumva ayobowe.
Urugero rworoheje:
Ndamutse nkubwiye ko, kunywa amazi meza aricyo kintu cy’ingenzi cyane ku buzima bwawe washobora gukora, kandi hakaba hari amazi amwe yemejwe ndetse agahamywa ko ariyo YONYINE meza yo kunywa… ariko igihe uje iwanjye ngo dusangire ifunguro, singuhe ya mazi yemejwe. Nkakubwira ngo, “Ushobora kunywa ayo mazi iwawe ariko iwanjye ugomba kunywa icyo nguhaye.”
Iyo ayo mazi aricyo KINTU CY’INGENZI nashobora kuguha kubw’ubuzima bwawe, akaba ariyo aguha ubuzima, noneho ikintu cya mbere nashobora kuguha igihe winjiye iwanjye yaba ari ayo mazi meza yo kunywa.
Ese mba nkoze amakosa kubwo kuvuga ngo, “GUCURANGA AMAKASETE MU NSENGERO ZANYU, nicyo kintu cyiza cyane washobora gukorera abantu bawe. Uku niko Uwiteka Avuze.”
Cyangwa, baba aribo bari mu makosa kubwo kuvuga ngo, “Ni amakosa gucuranga amakasete mu rusengero, Mwene Data Branham ntabwo yigeze na rimwe avuga ngo ucurange amakasete mu rusengero rwawe. Tubwira abantu gucuranga amakasete mu ngo zabo, mu madoka yabo, ibihe byose, ARIKO mu rusengero bagomba kumva NJYE.”
Ese ni Umwuka ki ubayoboye? Ese muravuga ngo, “Ibivuzwe ku makasete nicyo Kidakuka kandi nicyo kintu cy’ingezi nashobora kumva”? Cyangwa, muravuga muti, “Amakasete ntabwo ahagije. Ntabwo aricyo Kidakuka cyanjye kandi ntabwo aricyo kintu cy’ingenzi tugomba kumva, ahubwo ni ubukozi”?
Noneho ni igihe cy’Imbuto, cyangwa igihe cy’Umugeni. Ibishishwa byarumye. Igihe cy’Ijambo mwari, utarakozweho. Ni umwari, mwibuke, igihe cy’umwari Jambo.
Ngwino wumve Manu nshya iyo imanuka iva mu Ijuru kuri iki Cyumweru I saa sita z’amanywa. Ku isaha y’I Jeffersonville, mu gihe twumva: 65-0218 Imbuto Ntiraganwa n’Igishishwa
Mwene Data Joseph Branham
22-1030 Umuntu uhunga mu maso y’Uwiteka
Ubutumwa : 65-0217 Umuntu uhunga mu maso y’Uwiteka
- 24-0526 Umuntu uhunga mu maso y’Uwiteka
- 23-1119 Kristo ni We Bwiru bw’Imana Buhishuwe
- 22-1030 Umuntu uhunga mu maso y’Uwiteka
- 22-0508 Kristo ni We Bwiru bw’Imana Buhishuwe
- 20-0705 Kristo ni We Bwiru bw’Imana Buhishuwe
- 19-0728 Kristo ni We Bwiru bw’Imana Buhishuwe
- 17-0723 Kristo ni We Bwiru bw’Imana Buhishuwe
22-1023 Ibibazo n’Ibisubizo #4
Mukundwa Mwene Data Joseph,
1. Numvise uvuga ko wemera IJAMBO RYOSE ry’ubu Butumwa ko ari UKU NIKO UWITEKA AVUZE.
Kuva ku ndiba z’umutima wanjye no kuri buri gace k’ubuzima bwanjye IBYO NDABYIZERA. Ni Ijwi ry’Imana nyaryo rivugana n’Umugeni Wayo umunwa ku gutwi.
Imana yavugiye mu muhanuzi Wayo maze iravuga iti:
Rero ndavuga, mu Izina Rya Yesu Kristo! Ntukigere wongeramo ikintu na kimwe. Ntukagire icyo ukuramo, ngo ushyiremo ibitekerezo byawe muri Ryo. Uvuge gusa ibivuzwe kuri ayo makasete. Ukore neza gusa icyo Umwami Imana yategetse gukora. Ntukagire icyo wongera kuri Ryo.
Niba uhamya ko wizera ubu Butumwa bw’igihe cyanyuma, nawe uhatiwe kwizera IJAMBO RYOSE mu rwego rwo kugira ngo ube Umugeni We. Satani agerageza kubicurika binyuze mu bukozi maze akavuga ngo, “Igihe Mwene Data Branham yarimo avuga inkuru zo guhiga cyangwa avuga ngo ‘mufite abatetsi beza mu gihugu’, cyangwa ngo ‘nta cyanditswe mfite kuri ibyo, ariko ndababwira icyo ntekereza;’ ngo ntimugomba kwizera icyo gice. Umwuka Wera ari hano kugira ngo atuyobore kugusobanukirwa ikiri Ijambo n’ikitari Ijambo.” IYO NI YA SATANI IMWE YAVUGANYE NA EVA MAZE IKAVUGA NGO, NYAKURI… NTABWO BISOBANUYE IJAMBO RYOSE. Ese birumvikana nk’ibisanzwe?
Barimo barakora neza neza ibyo YABATEGETSE kudakora. Yaravuze ngo MUVUGE IBIVUZWE ku makasete, ntimushyiremo ibitekerezo byanyu cyangwa ubusobanuro kuri Ryo. Ntabwo yigeze avuga ngo, “buri kintu URETSE iki gice na kiriya gice, kandi pasteri wanyu azababwira igihe azaba ari Umwuka Wera uri kuvuga n’igihe azaba ari njye gusa. ndi akabuye gato ku nkombe hagati muri aya mabuye manini.”
2. Ese utekereza ko Mwene Data Branham n’/cyangwa amakasete ye ari ikidakuka?
Mwene Data Branham ntabwo ari we Kidakuka cyanjye ariko Ubutumwa avuga ku makasete ni ikidakuka cyanjye mu buryo budakuka
Abantu benshi baravuze ngo ibyo ntabwo aribyo, Bibiliya nicyo Kidakuka. Nshuti yanjye, Bibiliya n’Ubutumwa buri kuri kasete ni ikintu kimwe. Ngiryo inshingiro ry’Ubutumwa. Ubutumwa ku makasete ni ubusobanuro bwa Bibiliya. Ni bimwe kandi nicyo kimwe.
Ukuri muburyo bworoheje ni uku, 1: Bibiliya ni Ijambo. 2:Ijambo riza ku muhanuzi. 3: Umuhanuzi niwe musobanuzi WENYINE wa kimana w’Ijambo. 4: Umuhanuzi wacu, William Marrion Branham, ni Ijambo rigaragajwe kubw’igihe cyacu kandi yoherejwe kuza gusobanura Ijambo. 5: Ijambo ry’Imana nta busobanuro rikeneye. Icyo Ivuze binyuze mu muhanuzi Wayo kuri kasete ni UBUSOBANURO BW’IJAMBO RYAYO.
Bibiliya itubwira ko Azagaruka maze Agatura mu mubiri neza nkuko Yabikoze hamwe na Abraham na Yesu Kristo. Yaravuze ngo Yarafite byinshi byo kutubwira. Yaravuze ngo Azahishura ubu bwiru bukomeye bwari buhishwe mu Ijambo Rye. Yaravuze ngo nta busobanuro bukenewe. Ntabwo yigeze na rimwe avuga ko Azohereza itsinda kugira ngo rituyobore kandi ryunge ubwo ko Bwe, WE UBWE AZAYOBORA UBWOKO BINYUZE MU MUHANUZI WE NKUKO YAGIYE ABIKORA IGIHE CYOSE. IJAMBO RYE NTABWO RISHOBORA GUHINDUKA
3. Ese wizera ko abapastori bagomba gucuranga amakasete mu nsengero zabo?
Umupastoro wese agomba gukora nkuko yumva ayobowe n’Umwami gukora, nkuko buri torero ryose ryigenga. Nizera ko, kandi nabivuze inshuro nyinshi ku gicaniro, y’uko abapastoro bagomba kugarura Mwene Data Branham ku bicaniro byabo binyuze mu gucuranga amakasete. Ntabwo nigeze na rimwe mvuga ko bagomba kurekeraho kubwiriza, gusa bacurange amakasete. Ariko bakoresha urwitwazo rwose rushobokoka rwo gutuma badacuranga Ijwi ry’Imana mu nsengero zabo.
Ndibureke umuhanuzi avuge uburyo niyumva kuri abo bapasteri badacuranga iryo Jwi mu nsengero zabo.
Noneho, Mwene Data Jackson yari afite uburenganzira bwo kutemeranya nabyo.Yashakaga ko itorero rye… Abantu bose bavuga mu ndimi n’ibindi mu materaniro. Ibyo nibyo byari ibibazo bya Mwene Data Junior; ibyo–ibyo niwe bireba. Ariko Junior Jackson yizeraga ubu Butumwa kimwe na… kimwe n’undi wese muri twe uko abikora. Ni umwe muri twe.
4. Ese wizera ko abakozi b’Imana bakwiriye guhagarika kubwiriza?
Oya, ntabwo nigeze mvuga ibyo kandi nta n’ubwo nizera ibyo. Ijambo riratubwira ngo, na Mwene Data Branham yarabisobanuye neza hano mu Butumwa bw’ Ibibazo n’Ibisubizo, ko abakozi b’Imana bagomba gukomeza.
Numva nyobowe, kubw’itorero ryanjye, gukora iriburiro mu magambo magufi ; cyangwa kuri ubu ngakoresha urwandiko, maze hanyuma tugakandaho bikavuga nuko tukumva Ijwi ryonyine ry’Imana ryahamirijwe muri iki gihe. Nabivuze inshuro nyinshi ko mfite umurimo ukomeye cyane mu isi, kuko ngomba kugaragaza Ijwi ry’Imana mu itorero ryanjye buri Kucyumweru.
5. Abantu baravuga ngo wumva ko niba udakurikira amateraniro ya Branham Tabernacle ntabwo uri Umugeni?
Ntabwo NIGEZE mvuga ibyo cyangwa ngo mbitekereze, bene Data na bashiki bacu. Uwo ari wese wavuga ikintu nk’icyo yaba ari mu ikosa. Nka pasteri wa Branham Tabernacle, numva nyobowe gucuranga amakasete ya Mwene Data Branham. Nizera ko iryo Jwi aricyo kintu cyonyine kizunga Umugeni.
Nkuko nabivuze mbere, nizera ko buri kintu cyose kiri ku makasete ari Uku niko Uwiteka Avuze kandi ntabwo bikeneye ubusobanuro. Nshobora kuvuga amena ku Ijambo ryose numva. Nizera ko William Marrion Branham yoherejwe guhamagara Umugeni. Umwanya wanjye mu bukozi butanu ni ugutungira agatoki abantu iyo ntumwa maze ngakandaho bikavuga. Nta kintu cyaruta kumva iryo Jwi. Ugusigwa gukomeye kuruta ukundi kuri ku makasete, ese ni kuki nashaka guha itorero ryanjye ikindi icyo ari cyose?
Buri Kucyumweru ntumira isi kugira ngo yumve Ubutumwa Umwami yashyize ku mutima wanjye ngo twumve mu itorero ryanjye. Buri muntu wese ahawe ikaze kubwumva kuri iyo saha imwe.
Ukuyoborwa kwanjye ngukura kubyo Mwene Data Branham avuga kuri ayo makasete.
Kandi dufite ubu buryo bwa telefone ubu, aribwo bumeze neza, neza cyane. Abantu bashobora kwicara mu mazu yabo cyangwa mu… bagateranira ahantu habo, amatorero yabo, ndetse n’ahandi, maze bagakurikira amateraniro. Ibyo ndabikunda .
Noneho, pasteri, ndashaka ko umenya ibyo, ko, ibi mbibwira gusa itorero ryanjye. Kandi gukora ibyo mbifitiye uburenganzira, kubera ko nashyizweho n’Umwuka Wera ngo mbere maso izi ntama.
Ubu Butumwa, ndetse n’ubundi Butumwa bwose mbwiriza, bureba itorero ryanjye. Ntabwo ari ubw’itorero ryanyu keretse bashaka kubwakira. Ariko bureba abantu hano.
Kandi ibyo ni mu isi hose. Kandi abantu barabyuka mu gicuku nijoro, aho mu bihugu bya kure, bagakora umurongo w’amasengesho kuri iyo saha imwe. Mu byukuri, ibihumbi n’ibihumbagiza babarimo gusenga icyarimwe. Imana igomba kumva; muratunganye– Muba murimo muranyeganyeza Ijuru n’amasengesho, murabona, noneho Igomba kumva.
6. Ese ni bibi kujya ku rusengero?
Ntabwo nigeze mvuga ibyo cyangwa ngo mbyizere. Ndamutse nizera ibyo ni iyihe mpamvu yatuma ngira itorero? Kuri Branham tabernacle twagiraga amateraniro inshuro 3 mu cyumweru kugeza ubwo bihinduka ibigoye kuri njye kuba nagira amateraniro menshi buri cyumweru kandi ngo nkore umurimo wa VGR. Kuva ubwo twagize amateraniro 2 mu cyumweru ku Ngando kugeza ubwo abantu batashoboraga kuhakwirwa. Noneho twimukira mu nyubako yacu aho twajyaga dukoresha ku rubyiruko rwacu, ariyo yahoze ari iya siporo.
Imana yashyize ku mutima wanjye kugira icyo mvuga Icyumweru kimwe mu gitondo. Ndavuga nti nubwo igihe kimwe bafunga imiryango y’uru rusengero, ntituzatakaza injyana kuko pastori wacu ashobora kuvugana natwe aho twaba turi hose. Ukwezi kumwe nyuma, habaho COVID ariyo yafunze insengero hirya no hino ku isi.
Numvise ngize kuyoborwa kiriya gihe, ko ari umwanya mwiza wo kuvugurura aho bakorera siporo, kuko twari dukeye ingando. Rero, twari twishimye mu nzu zacu, turi hamwe kandi twumva umuhanuzi w’Imana kuri kasete hamwe n’igice cy’Umugeni hirya no hino ku isi, mu gihe urusengero rwarimo ruvugururwa.
Ubu turimo gusoza inyubako, ariko kimwe n’igihe Mwene Data Branham yari hano kuri Branham Tabernacle, twari tumaze kurenza igice cy’inyongera twubatse kuri parikingi. Turagomba gusenga maze tukareba uburyo Uwiteka atuyobora.
Ndabizi ko bihari byinshi, ibibazo byinshi mu mitima yabantu. Hari ibintu byinshi nagiye mvuga byumvishwe nabi. Niba Mwene Data Branham yaragiye yumvwa nabi, ni kangahe bizarushaho kuri njye?
Nshobora kwibeshya mu byo navuze. Nshobora kuba narabivuze neza cyangwa nkaba narabisobanuye neza mu buryo nabigaragaje. Ariko hari ikintu kimwe NZI KO gikwiriye, UBU BUTUMWA BURATUNGANYE. Ntimukwiriye kumva njye cyangwa icyo mvuga, ariko MUKWIRIYE GUKANDAHO BIKAVUGA KANDI MUKIZERA IJAMBO RYOSE.
Indi nshuro, ndabatumira kugira ngo mwiyunge hamwe na Branham Tabernacle kuri iki Cyumweru I saa sita z’amanywa, ku isaha y’i Jeffersonville, mugihe twumva: Ibibazo n’Ibisubizo #4 64-0830E.
Bro. Joseph Branham
22-1016 Ibibazo n’ibisubizo #3
22-1009 Ibibazo nibisubizo # 2
22-1002 Ibibazo nibisubizo # 1
22-0508 Kristo ni We Bwiru bw’Imana Buhishuwe
Ubutumwa : 63-0728 Kristo ni We Bwiru bw’Imana Buhishuwe
- 24-0526 Umuntu uhunga mu maso y’Uwiteka
- 23-1119 Kristo ni We Bwiru bw’Imana Buhishuwe
- 22-1030 Umuntu uhunga mu maso y’Uwiteka
- 22-0508 Kristo ni We Bwiru bw’Imana Buhishuwe
- 20-0705 Kristo ni We Bwiru bw’Imana Buhishuwe
- 19-0728 Kristo ni We Bwiru bw’Imana Buhishuwe
- 17-0723 Kristo ni We Bwiru bw’Imana Buhishuwe
22-0227 Ikimenyetso cya Gatanu
22-0220 Agashashara ka Kane
Ubutumwa: 63-0321 Agashashara ka Kane
- 25-0824 Ubusabane
- 25-0406 Ikimenyetso cya Kane
- 23-0813 Agashashara ka Kane
- 22-0220 Agashashara ka Kane
- 21-0204 Agashashara ka Kane
- 19-0428 Agashashara ka Kane
- 17-0402 Agashashara ka Kane
Ibimenyeshejwe Ibimenyeshejwe ku bijanye n’ugusobanura mu zindi ndimi bikorerwa muri Branham Tabernacle