Ijambo ry'Umunsi
August 19, 2026
Hebrews Chapter Three 57-0901M
Kubijyanye n’iyobokamana n’agakiza byonyine dusigaranye, n’urukundo, biri hagati mu bantu b’Imana. Murabizi, Bibiliya yavuze ko ariko bizagenda. [Iteraniro riravuga ngo,”Amen.”–Ed.]Uh-huh. Mwebwe abasoma Bibiliya, numvise murangurura ngo”Amena,” kandi mwe babwiriza muri hariya inyuma. Ibyo, ibyo ni ukuri. Urukundo ruzaba ruri kure cyane, mu minsi yanyuma; urukundo rwonyine ruzaba rusigaye, ruzaba ruri hagati y’Intore z’ubwoko bw’Imana. “papa azaba ahanganye na mama, na mama ahanganye na papa, n’abana bazarwanya ababyeyi, n’abandi batandukanye bazarwanyana umwe ku wundi.” Kandi urukundo rwonyine ruzaba rusigaye, ruzaba gusa ari urw’Intore, Abatoranijwe gusa. Ijambo “Intore” bituruka ku ijambo “Abatoranijwe” ubwoko bw’Imana bwatoranijwe.
Umugati w’Umunsi
Maze kuko ubugome buzagwira, urukundo rwa benshi ruzakonja.
Matayo 24:12