23-0822E Akayunguruzo k’umuntu Utekereza

Mukundwa Torero rya Mwene Data Branham,

Ndashaka gutumira isi ngo yifatanye natwe kuri iki cyumweru saa 12h00 z’amanywa, isaha y’i Jeffersonville, mugihe twe Ibizu duteranira hamwe kuri buri birometero kare maganatanu muri rimwe mu matorero y’umuhanuzi. Turibwumve Imana ivuga Inyuriye mu ntumwa yayo malayika karindwi maze itubwire:

Ubu butumwa, hamwe nubundi butumwa bwose mvuga, bureba itorero ryanjye. Ntabwo ari itorero ryanyu keretse bashaka kubyakira. Ariko burareba aba bantu hano.

Ari Kuvugana natwe, ICYUBAHIRO KIBE ICYAYO, twe torero rye. Ntabwo ari wowe uvuga ngo, “Mwene data Branham ni umuhanuzi, ariko ntabwo ari pasteri wanjye. Pasiteri wacu avuga ko gucuranga kaseti mu rusengero bidakurikije Ijambo ry’uyu munsi. ” “Pasiteri wacu atubwira ko tugomba kumwumva. Dukurikije Ijambo, ubu ari kutuyoboresha Umwuka Wera. ”

Umuhanuzi aravugana nawe hamwe na pasiteri wawe.

Ku babwiriza abo ari bo bose aho ariho hose, igihe icyo ari cyo cyose, ibi ntabwo bigamije gutesha agaciro inyigisho zawe, ibi ntibireba n’intama zawe.

Ntabwo dushaka kugirana impaka namwe bene data na bashiki bacu. Dusobanukiwe ko, ibi ntabwo ari mwe bigenewe, ahubwo ni twe, twemera ko Umwuka Wera yashyize intumwa Yayo marayika wa karindwi kutubera pasteri kandi akatuyobora,  Itorero Rye. Twizera ko gucuranga kaseti ariyo NZIRA Y’UKURI YONYINE. Muratunganye kandi muri gukora ibyo umuhanuzi yababwiye gukora:

Kandi buri gihe niko mbibabwira , iyo ari abayoboke b’itorero runaka, nti “Urebe pasteri wawe.”

Ugomba gukora nkuko pasiteri wawe abivuga.

Noneho umuhanuzi abwira indi nshuro pasiteri wawe, kugirango abe ahamirijwe ko asobanukiwe.

Noneho, pasiteri, ndashaka ko umenya ko, ko, ibi ari itorero ryanjye gusa ndimo mbwira ibi bintu. Kandi mfite uburenganzira bwo gukor ibyo, kubera ko nashyizweho n’Umwuka Wera kurinda izi ntama.

Yoherejwe kuturinda, intama ze; abo Imana yamuhaye KWITAHO. Umwuka Wera niwe mushumba wacu nkuko Atuvugisha kandi Akatuyobora buri munsi binyuze mu Ijwi Rye ryahamirijwe.

Ibi nibyo Uwiteka atuyoboye gukora. Ntabwo turwanya mwebwe cyangwa umushumba wanyu, cyangwa uko wumva uyobowe n’ Umwami gukora. Umuntu wese agomba gukora nkuko yumva Umwami amuyobora gukora bakurikije Ijambo.

Dufite akayunguruzo kamwe, UBU BUTUMWA. Ibintu byose twumva bigomba kunyura muri ako kayunguruzo. Ijwi twumva ku makaseti niryo ijwi ryonyine  dufitemo ibyiringiro 100% ryo kuba ari uku niko Uwiteka avuze.

Wizera ko gusigwa kuri kurabo bantu ari ugusigwa k’Umwuka Wera? ” Nibyo, mugabo, Umwuka Wera w’Imana w’ukuri uri ku muntu, kandi nyamara ari mu binyoma.

Aho tugana iteka hashingiye kubyo YAVUZE KURI  KASETI, ntabwo aribyo undi muntu cyangwa itsinda ryabandi bantu bavuga. Kubw’ibyo, ntidushobora, kandi ntituzigera twumva undi wese. Nigute undi wese yabona uburyo?

Ngwino uterane hamwe natwe cyane cyane uko mubona umunsi wegera.

Abantu bashobora kwicara mumazu yabo cyangwa… bagateranira aho iwabo, mumatorero yabo, n’ahandi, bagakurikira amateraniro.

Ibyo, nshuti zanjye, dukurikije umuhanuzi w’Imana, atari ibisobanuro by’abantu bamwe basobanura ibyo Bibiliya ivuga, ni guteranira hamwe tuzenguretse Ijambo cyane cyane uko tubona uriya munsi wegera.

Ubwato butagira Imana ni iki kiza bumaze? Nigisanduku cyibiti gusa,ibisate bibiri by’amabuye .

Ngwino uterane hamwe natwe mugihe twumva akayunguruzo Imana yatanze, mu gihe ituzanira Ubutumwa: Akayunguruzo k’umuntu Utekereza 65-0822E.

Bro. Joseph Branham

Reba Icyo urimo urwanira. Reba icyo urimo gukora hano. Reba igituma ujya mu rusengero. Niki kigutera … Nibyiza kujya mu rusengero, ariko ntukajye mu rusengero gusa; ibyo ntibizagukiza.