23-0319 Gutoranywa k’Umugeni

Ubutumwa : 65-0429E Gutoranywa k’Umugeni

BranhamTabernacle.org

Mukundwa Umwe muri Miliyoni

Nagutegereje kuva kera. Uri umukunzi wanjye mukundwa kandi ndagukunda cyane. Nkuko nabigusezeranije, maze igihe ndimo ntunganya Urugo rushya aho Tuzaba hamwe aho mw’Iteka. Buri kintu cyose nagiteguye neza nkuko ugikunda.

Ubu nshobora kukureba maze nkabona, uri ukugaragazwa Kwanjye. Ufite imico Yanjye neza neza, uri akara Kanjye, amagufa Yanjye, Umwuka Wanjye umwe, buri kintu cyose Cyanjye, neza neza nkuko bimeze. Wahindutse umwe Nanjye

Nohereje marayika wanjye ukomeye ku isi kugira ngo aguhamagare agusohore muri Edeni ya Satani. Naramwohereje kugira ngo agaragaze ibitekerezo Byanjye, Ibingize, kandi kugira ngo akubwire ibigomba kuzaba. Nakoresheje akanwa ke n’ijwi rye kugira ngo mbigaragaze. Nyuma y’uko amaze kubivuga, Nanjye nkabisohoza, kubera ko Ijuru n’isi bizashiraho, ariko Ijambo Ryanjye ntabwo rizigera rinanirwa na rimwe.

Nari mbizi ko igihe munyumvise Mvuga, nkoresheje ijwi rya marayika Wanjye, mushobora kumenya imbere mundiba z’umutima, y’uko atari we, ko ari Njye Warimo uvugana namwe. Ko ari Njye Warimo uboherereza urwandiko rw’urukundo, narabatoranije kugira ngo mube Umugeni Wanjye mukundwa.

Mu maso yanjye, nta muntu umeze nkawe. Nta n’umuntu wafata umwanya wawe.Wakomeje kuba umwizerwa kuri Njye. Igihe ndebye kuri wowe, Umutima Wanjye wuzura umunezero

Mugihe nakubwiye nti, mukundwa itondere cyane, ibyo utega amatwi, hari abasigwa benshi bazaza bakoresha Amagambo Yanjye, ariko ni abanyabinyoma. Wasobanukiwe umuburo Wanjye binyuze mu Guhishurirwa kandi ukomeza kuba umwizerwa ku Ijwi Ryanjye

Narishimye cyane igihe wasengaga cyane usengera iryo torero usengeramo. Nakubwiye gukora amahitamo akwiye, maze nguha ingero z’itorero ritunganye iryo ari ryo. Wibutse igihe nakubwiye ko bose buzura imyuka, maze utoranya itorero ritunganye.

Ndetse nanakubwiye ko ugomba kwitondera cyane pasteri wawe uwo ariwe. Noneho washobora kwibaza ukuntu umutima Wanjye wasabwe n’umunezero igihe nabonye ugumanye n’umupasiteri nohereje kugira ngo akuzane kuri Njye. Wamenye ko ari Umwuka Wera uba mu muhanuzi Wanjye kugira ngo akuyobore kuri Njye.

Ndibuka umunsi wari wishimye cyane, ndetse unezerewe cyane, igihe nazamuye marayika Wanjye ahirengeye kugira ngo Mwereke imbanziriza yanyu. Twari duhagaze aho turimo tubitegereza murimo mutambuka mu karasisi k’injyana ya Mukomeze imbere Ngabo za Kristo muri aho imbere yacu

Yakunze uburyo mwese mwari mwambaye imyambaro ya buri gihugu mwaje muturukamo; nko mu Busuwisi, Ubudage, ndetse no guturuka aho hantu hose ku isi. Buri umwe wese yari afite umusatsi muremure utunganijwe neza. Amajipo yanyu yaramanutse kugera hasi. Narishimye cyangwa kandi nshimishwa no kubamwereka mwese, rero yashoboraga kugaruka kandi akabatera umwete nuko akababwira ko yababonye Hariya.

Buri jisho ryari kuri Twe. ighe abakobwa bake, bari aho inyuma mu murongo, batangiye kureba hirya no hino, yarasakuje cyane, “Ntubikore! Ntuve mu murongo!”

Igihe nakubwiye ko ndimo guhunika Ibyokurya byo uzarya, wamenye neza icyo narimo mvuga. Washakaga kuba Umwari Mugeni Jambo. Sinigeze narimwe ngufata na rimwe uri mu gakungu n’undi uwo ari wese. Igihe cyose yari Njye, Ijambo Ryanjye. Ibyo byanteye kwishima cyane.

Narabatoranije, Mwe, kugira ngo mube Umugeni Wanjye. Ndagukunda cyane, kimwe n’uko unkunda. Ntugacike intege, ugire umwete, wishime, unezerwe, umunsi uregereje vuba ubwo nzaza iwanyu. Mbega ibihe byiza Tuzagira.

Ku basigaye bo muri mwe, MWIHANE, isi irimo iranyeganyega. Umunsi umwe Los Angeles izaba iri aho ku ndiba y’inyanja, nkuko nababwiye ko ari uko bizaba biri. Umujinya wanjye urimo uratogotera munsi yayo. Ntabwo nzakomeza gufata uriya mucanga igihe kirekire. Uzanyerera mu nyanja ku bujyakuzimu bw’ikirometero n’igice kirenga, ugende ugere mu nyanja ya Salton. Bizaba bibi cyane kurusha iminsi ya Pompeii.

Ngiye kweza iy’isi n’umuriro vuba aha. Nzica buri kintu cyose kuri yo ndetse no munsi yayo. Murabona ibirimo kuba hirya no hino ku isi, neza neza nkuko nababwiye. Murabona Umugeni Wanjye arimo yiyunga ku Ijambo Ryanjye, neza neza nkuko nababwiye.

Noneho ubu nicyo gihe. Ubu niwo mwanya. Itegure!

Isaha y’umujinya Wayo iri ku isi. Muhunge mu gihe hari igihe cyo guhunga, kandi muze kuri Kristo.

Mutumiwe kuza kwifatanya natwe, igice cy’Umugeni We, mugihe twitegura kubwo Kuza Kwe, mugihe twumva Ijwi ry’Imana rivugana natwe maze rikatuzanira Ubutumwa. Gutoranywa k’Umugeni 65-0429E kuri iki Cyumweru I Saa Sita z’Amanywa, ku isaha y’I Jeffersonville.

Mwene Data Joseph Branham