24-1103 Igisekuru cy’Itorero rya Perugamo

Ubutumwa : 60-1207 Igisekuru cy’Itorero rya Perugamo

Chapter 5, Exposition of the Seven Church Ages (book)

BranhamTabernacle.org

Mukundwa Mugeni Mwari Utanduye

Ese urimo kuryoherwa n’Ibisekuru Birindwi by’Itorero? Imana irimo iraha Umugeni Wayo ububyutse kurusha uko byari bimeze mbere. Arimo kuduha Guhishurirwa kuruseho, Kwizera kurushaho, ndetse no guhamirizwa mu kumenya abo turibo, n’icyo turimo gukora mu kugumana n’Ijambo, Inzira Yayo yateguye uyu munsi.

Noneho Aratubwira ngo: “Guhera mu materaniro yo Kucyumweru gukomeza, mwambare ibitekerezo byanyu by’umwuka. Reka Umwuka Wera abicengezemo imbere maze afate gusobanura k’umwuka muri byose ngiye gukora. Ni Ukunyeganyeza k’Umwuka Wanjye binyuze mu Muhanuzi Wanjye wa Malaki 4”.

Reka dusome kandi dufate amwe mu Magambo Ye maze dukoreshe gutekereza kwacu k’umwuka kuri yo

Imana ishyiraho umuyobozi wuzuye Umwuka Wera akayobora itsinda Ryayo ryuzuye Umwuka: marayika Wayo; Maze Ikamushyiraho ikimenyetso cy’izina, ariko ntagomba kurihishura. Agomba kurigumana ubwe. Murabona? Nta muntu n’umwe urizi, usibye we ubwe.

Rero Imana yahaye Umugeni Wayo umuyobozi wuzuye Umwuka kubw’itsinda Ryayo ryuzuye Umwuka. UMUYOBOZI, ATARI ABAYOBOZI kubw’itsinda Ryayo ryuzuye Umwuka.

Agiye kuza mu isi bidatinze, uwo marayika ukomeye w’Umucyo ugomba kuza kuri twe, uzadusohora, Umwuka wera ukomeye Aza afite imbaraga, Uzatuyobora ku Mwami Yesu Kristo.

Marayika ukomeye w’Umucyo. Ni nde marayika ukomeye w’Umucyo kuri iki gisekuru cyanyuma? William Marrion Branham. Ntabwo arimo avuga Umwuka Wera. Yamaze kuza kandi avuga ko azaza.

Uwo UZADUSOHORA HANZE. Tuzi nyakuri kandi twizera ko ari Umwuka Wera uzatuyobora, ariko Ishyira mu buryo bweruye marayika Wayo n’Umwuka Wera hamwe maze Ikavuga ngo We(Umwuka Wera Wayo) Uzatuyobora (BINYUZE MURI) marayika Wayo ukomeye w’Umucyo.

Yakomeje kubahuza mu kuvuga ngo:

Birashoboka ko atazabimenya

Ntabwo avuga ko Umwuka Wera utazamena uwo Uriwe, ariko marayika Wayo intumwa wo ku isi uwo yatoranije kugira ngo ADUSOHORE HANZE.

ariko Azaba iri hano umwe muri iyo minsi. Azakora… Imana izamumenyekanisha. Ntazaba akeneye kwimenyekanisha, kuko Imana izamumenyekanisha. Imana izahamiriza abayo. 

Indi nshuro, Ntabwo Ivuga ko Umwuka Wera azaba ari hano UMWE MURI IYO MINSI, ahubwo marayika Wayo ukomeye w’Umucyo kugira ngo ayobore Umugeni Wayo. Ntabwo agomba kwimenyekanisha ubwe, Imana izamenyekanisha umuyobozi Wayo ukomeye ku Mugeni Wayo binyuze mu GUHISHURIRWA.

Ese murimo gushyikira uko gusobanura k’umwuka? Mubasha kubona uwo marayika w’Umucyo uwo ari we uwo Imana yatoranije kugira ngo ayobore Umugeni Wayo? Ese hano hari ubwo havuze ko inkoni yahawe abandi bayobozi?

Ntuzigera ubaho imibereho iri hejuru kurusha umushumba wawe! Ibyo mubyibuke  ! Murabona.

Mugihe abandi bashobora kutadusobanukirwa kandi bakadusuzugura, mbega uburyo twishimye kandi dushimira byimazeyo kuko turi mu Guhishurirwa iyo tuvuga ngo, WILLIAM MARRION BRANHAM NI PASTERI WACU.

Noneho kubera ko buri bumwe muri ubu butumwa bubwirwa “marayika” (intumwa y’umuntu), inshingano zikomeye cyane ndetse n’amahirwe atangaje niwe bigenewe.

Ubutumwa bwohererejwe marayika Wayo, hanyuma marayika Wayo abuha Umugeni; atari mu bukozi gusa, ahubwo UMUGENI WAYO WESE kandi buri kuri kasete kubwa bose kugira ngo babwumve. Ntabwo bushobora kongerwaho cyangwa ngo bukurweho, kandi NTA BUSOBANURO bukeneye.

Araje bidatinze, kandi igihe Azazira, ni wowe Azazaho bwa mbere, Akagucira urubanza Akurikije Ubutumwa bwiza wabwirije, kandi tuzaba turi  abo uyobora.“ Ndavuga nti: “Ushatse kuvuga ko ari nge uzabazwa bariya bantu bose?” Aransubiza ati: “Buri wese muri bo. Wavukiye kugira ngo ube umuyobozi.”

Igihe umunsi ukomeye w’urubanza uje, Abanza kuza kuri marayika We ukomeye w’Umucyo kandi azamucira urubanza mbere akurikije ubutumwa yabwirije. Turi abo AYOBORA. Ashinzwe buri umwe wese muri twe kuko yari uwo Imana yatoranije kuba UMUYOBOZI.

Mushyire gusobanukirwa k’umwuka kuri ibyo. Tuzacirwa urubanza bigendeye kucyo marayika w’Imana yavuze. Noneho, urashaka gushingira amahirwe y’ubugingo bwawe bw’iteka ugendeye kucyo undi muntu avuga ko YAVUZE mu gihe washobora kucyiyumvira biturutse kuri YO?

Nigute umuntu yashobora kwizera ko hari UBUKOZI BW’INGENZI CYANE BURUTA ICYAVUZWE HANO KURI KASETE. Niba wizera ibyo, cyangwa ukaba warabyemejwe no gutekereza, byaba byiza ugarutse ku IJAMBO RY’UMWIMERERE; kubera ko uzacirwa urubanza bagendeye ku magambo ari ku makasete. Mugumane n’Ijambo nkuko ryavuzwe.

Ariko uyu Muhanuzi azaza, kandi nk’uko Integuza yo kuza kwa mbere yarangururaga igira ngo: “Dore Umwana w’intama ukuraho ibyaha by’abari mu isi”, na we azarangurura nta gushidikanya ngo: “Nguyu Umwana w’intama w’Imana uje mu cyubahiro ke.” Azakora ibi, kuko, nk’uko Yohana yari intumwa y’ukuri ku batoranijwe ni nako uyu ari intumwa ya nyuma ku Mugeni watoranijwe ndetse wabyawe n’Ijambo.
.

Ari we uzatumenyesha Umwami Yesu? Marayika Wayo ukomeye w’Umucyo, William Marrion Branham.

Muze mube Umwari Mugeni Utanduye hamwe natwe mu gihe twumva marayika Wayo intumwa ukomenye atuzanira Guhishurirwa kuruseho, Kucyumweru Saa Sita z’Amanywa. Ku isaha y’I Jeffersonville, mu gihe twumva Ubutumwa 60-1207 – “Igisekuru cy’Itorero rya Perugamo”.

Mwene Data Joseph Branham