Ubutumwa : 61-0730E Intego Esheshatu Z’Uruzinduko rwa Gaburiyeli kuri Daniyeli
- 25-0209 Intego Esheshatu Z’Uruzinduko rwa Gaburiyeli kuri Daniyeli
- 16-1125 Intego Esheshatu Z’Uruzinduko rwa Gaburiyeli kuri Daniyeli
Mukundwa Mugeni Unezerewe
Twuburiye amaso yacu mu Ijuru mu gusenga no kwinginga kugira ngo tumenye umunsi n’isaha nyirizina turi kubamo.
Kurusha uko byigeze kubaho mbere, twicaye ahantu ho mu ijuru, hirya no hino mu isi, turimo twumva Imana ivuga kandi Iduhishurira Ijambo Ryayo binyuze mu ntumwa marayika ukomeye. Intumwa marayika wo ku isi uwo Data yoherereje Umugeni We muri iyi minsi yanyuma kugira ngo ahishure Ijambo Rye.
Gabrieli ni marayika w’ubwoko bw’Imana bwatoranijwe, Abisiraheli. Ariko ku Mugeni Wayo w’Umunyamahanga, Melikisedeki Ubwe araza maze akavuga anyuriye mu minwa y’umuntu muri marayika wo ku isi witwa William Marrion Branham, bityo Ashobora kuvuga kandi agahishurira Ijambo Rye RYOSE Umugeni We mukundwa
Yemeye ko rifatwa amajwi, Irarihunika, kandi Irarizigama, kugira ngo Umugeni azabashe kubona Ibyo Kurya Bye by’Umwuka, Manu yahishwe, biri ku mitwe y’intoki ze buri munota wa buri munsi kugeza ku mperuka y’isi.
Umuntu wacu w’imbere yuzuye uko gusigwa mu gihe twumva Ijwi ry’Imana riduhishurira Ijambo Ryayo. Mbega uburyo Afungura Ijambo Rye kugira ngo tubibone mu buryo bugaragara kandi dusobanukirwa icyo bisobanura. Bihishura isaha turi kubamo nyirizina, bikatubwira abo turibo n’ibigiye kubaho vuba aha; Kuzamurwa kwacu kwegereje.
Ndetse Ahishurira Umugeni We ibizaba birimo kubaho hano ku isi mu gihe tuzaba turi kumwe na We mu Birori by’Ubukwe. Mbega uburyo Azafungura amaso ahumye y’ubwoko Bwe Bwatoranijwe; abo Yahumye ku nyungu z’Umugeni We w’Umunyamahanga
Nshuti zanye, nzi uburyo turambiwe n’iyi si n’uburyo twifuza cyane Kuza Kwe kugira ngo atujyane, ariko reka twishime kandi dushimire ibiri kubaho ubu imbere y’amaso yacu.
Reka tuzamure ibiganza byacu, imitima yacu, amajwi yacu, kandi tunezerwe. Atari gusa kuba dutegereje icyo Aza dukorera vuba aha, ahubwo reka tunezererwe icyo Arimo Aduhishurira kandi Adukorera UBUNGUBU.
Arimo Aratubwira ko turi Umugeni We yagennye mbere urimo yiyunga na We n’Ijambo Rye. Abiduhamiriza kenshi cyane, ko turi Ubushake Bwe butunganye kubwo kugumana n’Ijwi Rye, Ijambo Rye, marayika We. Yaduhaye KWIZERA mu kumenya no gusobanukirwa abo turi bo:
IJAMBO RYE RIRI KUBAHO MU MUBIRI.
Ntacyo dufite cyo gutinya; ntacyo kuduhangayikisha; nta gihari cyo kudutera agahinda. Mbega niburyo ki menya ibyo? NIKO IMANA YAVUZE! MUREKE TUNEZERWE, TWISHIME, TUYISHIMIRE; IJAMBO RIZIMA RIBA KANDI RITUYE MURI TWE. TURI URUBYARO RWE RW’IKIRENGA RWA CYAMI.
Nyakuri nizera ko Umwami Nawe Anejejwe no kumenya ko igihe kigeze kandi ko twamaze kwitegura ubwacu kubwo gukomeza kuba ab’ukuri n’abo kwizerwa ku Ijambo Rye.
Kimwe na wa muhungu muto wirebye mu ndorerwamo ku nshuro ye ya mbere, turimo turareba mu Ijambo Rye, tukabona abo TURIBO. Mwami… BURYA NINJYE. Ndi Umugeni Jambo Muzima Wawe. Ni NJYE watoranije. Ndi muri Wowe, Uri muri njye, turi Umwe.
Ni gute tutashobora kwishima no kuba ubwoko bunezerewe cyane bwigeze kubaho kwisi? Abera bose n’abahanuzi mbere yacu bifuzaga kubaho muri iki gihe maze bakareba aya masezerano arimo asohora. Ariko kubw’UBUNTU bw’Imana, Yadushyize hano.
Turakumbuye cyane:
Brrrr! Mbega!Whew! Mu yandi magambo, igihe umwanzi yashyizwe ku ruhande, iherezo ry’icyaha ryari rije, haje gukiranuka kw’iteka, Satani abohewe mu rwobo rutagira indiba, kandi kumenya Uwiteka kuzuzura isi nkuko amazi yuzura inyanja. Amena! Icyubahiro kibe icy’Uwiteka! Araje, mwene Data, Araje!
Mbega gusigwa kuza kuba kuri kubaho Kucyumweru I Saa Sita z’Amanywa, ku isaha y’I Jeffersonville, mu gihe duterana hamwe duturutse hirya no hino ku isi kugira ngo twumve marayika w’Imana, Ijwi ry’Imana ku Mugeni, rituzanira Ubutumwa: Intego Esheshatu Z’Uruzinduko rwa Gaburiyeli kuri Daniyeli
Mwene Data. Joseph Branham