Ubutumwa : 65-1127E Numvise, Ariko Noneho Ndabona
Mukundwa Mugeni Ushimangiwe
Uyu munsi, aya Magambo Imana yavuze binyuze muri Marayika Wayo wa Karindwi Intumwa aracyasohozwa muri TWE, UMUGENI WA YESU KRISTO.
Niba ntizera ko bikwiye kujya ku rusengero, kubera iki mfite insengero? Twari tuzifite aho hose mu gihugu,ziri duhurijwe ku mu rongo wa telefone urya mugoroba, kuri buri birometero kare maganatatu mpafite rumwe mu nsegero zanjye.
Bari mu nsengero, mu ngo, mu nyubako nto, ndetse no kuri za station za essance; bakwirakwiye hirya no hino muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, bakurikira, bose ku isaha imwe Ijambo ryabaga ririmo gutambuka.
Kandi uyu munsi, turacyari RIMWE MU MATOREROYE. We ARACYARI PASTERI WACU. Ijambo Rye N’UBU NTA BUSOBANURO RIKENEYE, kandi twe DUKOMEJE guteranira hamwe hirya no hino mu isi, DUHUJWE N’IMIRONGO Y’ITUMANAHO, twumva IJWI RY’Imana ritunganya Umugeni wa Yesu Kristo.
Uyu munsi, iri Jambo riracyarimo rirasohozwa.
Kubera iki ibyo babigaruye nanone? Kubera iki abapasteri bafunze insengero zabo kugira ngo bumve burya Butumwa nyine? Bagombaga gutegereza kugira ngo babone amakasete, muri icyo gihe babwiriza Ubutumwa ubwabo ku bantu babo nyuma; kandi ndabizi neza ko benshi babikoze kubwo kubura guhishurirwa.
Cyangwa ahari bamwe babwiye amatorero yabo ngo, “Noneho mwumve, twizera ko Mwene Data Branham ari umuhanuzi w’Imana, ariko ntiyigeze avuga ko tugomba kumwumva mu matorero yacu. Ndimo kubwiriza kuri iki Cyumweru, ndetse n’ibindi Byumweru; gusa mujye mufata amakasete maze muyumve mu ngo zanyu. “
Umugeni icyo gihe, ni kimwe n’Umugeni uyu munsi, yari afite Guhishurirwa, kandi yashakaga kwiyumvira ubwe Ijwi ry’Imana. Bashakaga kunga ubumwe hamwe n’Umugeni hirya no hino mu gihugu kugira ngo bumve Ijwi ry’Imana mugihe ryabaga ritambuka. Bashakaga kwigaragaza nka rimwe mu matorero ye, ingo, cyangwa aho baba bari hose, bari kumwe n’Ubutumwa, Ijwi, none ubu ni hamwe n’ amakasete.
Uyu munsi, iri Jambo rikomeje gusohora.
Kuki twebwe twabibonye abandi ntibabibone? Ku bwo kumenywa mbere , twatoranirijwe kubibona. Ariko wowe utarabitoranirijwe, ntuzigera ubibona. Ingano irabibona kandi yatangiye kwitandukanya.
Ntabwo bivuze ko ugomba guhagarika kujya mu rusengero rwawe. Ntanubwo bivuze ko umushumba wawe agomba guhagarika umurimo w’ivugabutumwa. Bisobanura gusa ko minisiteri nyinshi n’abashumba bibagiwe ICY’INGENZI, kandi ntibabwira abantu babo ko IJWI RY’INGENZI ugomba kumva ari IJWI ry’Imana riboneka kuri makaseti.
Kujya mu rusengero buri munsi wa buri cyumweru ntibiguhindura Umugeni wa Kristo; ibyo ntabwo ari byo Imana isaba. Abafarisayo n’Abasadukayo bari barasobanukiwe iyo nyigisho rwose. Bari bazi inyuguti zose z’Ijambo, ariko Ijambo Rizima ryari rihagaze HANO mu mubiri w’abantu — ariko se bakoze iki? Nk’icyo benshi barimo gukora muri iki gihe.
Bazavuga bati: “Ariya ni amadini yavugaga. Ntabwo bemeraga ko Mwenedata Branham abwiriza mu matorero yabo, ariko twe tubwiriza Ijambo kandi tuvuga uko yabivuze.”
Nibyiza cyane. Imana Ihimbazwe . Nicyo wagombye gukora.
Ariko warangiza, ukavuga ngo uyu munsi ibintu byarahindutse, ngo gucuranga kaseti za Mwene Data Branham mu rusengero ntibikwiriye — ubwo rero nta tandukaniro ufite n’Abafarisayo n’Abasadukayo, cyangwa amadini.
Uri indyarya.
Nk’uko byari bimeze icyo gihe, ni Yesu, uhagaze ku rugi akomanga, agerageza kwinjira kugira ngo avugane n’Itorero rye ubwaryo., ni nako badakingura imiryango, kandi batanashaka no gucuranga kaseti mu matorero yabo. “Ntitwakwemera ko aza kubwiriza mu itorero ryacu.”
Umwanzi agiye kubigoreka no kubyerekeza mu nzira nyinshi zitandukanye, kuko yanga ko ashyirwa ku ka rubanda. Ariko nubwo bimeze bityo, birimo kwigaragaza imbere y’amaso yacu, kandi benshi barimo kwitandukanya.
Mbere na mbere hariho Ja” [Iteraniro riravuga riti: “Jambo,” -U.I.] “Jambo uwo yahoranye n'[”Imana“] ”kandi Jambo yari“ [”Imana.“] ”Kandi Jambo yabaye umuntu, maze abana na twe.“ Si byo? Noneho turimom kubona iryo Jambo rimwe ryasezeranijwe- rya Luka, rya Malaki, ayo masezerano yandi yose kubw’uyu munsi- yambaye umubiri, aturana na twe, kandi uwo amatwi yacu yari yarumvise bavuga; noneho amaso yacu Amubona asobanura Ijambo Rye bwite, ntidukeneye gusobanura kw’abantu. Yoo torero ry’Imana nzima, mwebwe muri hano cyangwa muhujwe natwe na Telefone! Mukanguke bwangu, mbere yuko biba impita gihe! Imana ibahe umugihsa.
Mufungure imitima yanyu, mwumve ibyo Imana ibabwiye, amatorero yayo yose!
Noneho turamubona n’amaso yacu, ASOBANURA IJAMBO RYE ubwe!
Ntabwo dukeneye ibisobanuro by’umuntu!
MUKANGUKE MBERE Y’UKO BIBA IMPITAGIHE!!
Twumvise ibi bintu ubuzima bwacu bwose — ibyari bitegerejwe kuzabaho mu bihe by’imperuka. Noneho turabibona n’amaso yacu bisohora. Imana iri gukuraho igihu, ikagaragaza byose uko biri. Umuhanuzi yaravuze, none Ijambo ririmo gusohora.
Yatubwiye ko hari inzira IMWE RUSA—iyo ni yo Mana yateganyirije Umugeni wayo. Ugomba kuguma ku ijwi ry’Imana riri kuri za kazeti.
Ntumiye isi yose ngo yifatanye natwe ku Cyumweru saa sita z’amanywa, ku isaha ya Jeffersonville, maze twumve Inzira Imana yateganyije kuri uyu munsi. Nuko nawe uzabasha kuvuga uti: ‘Nari narumvise ibyawe, ariko noneho ndakubonye.’
Bro. Joseph Branham
Ubutumwa: 65-1127E — Numvise, Ariko Noneho Ndabona
Ibyanditswe (Kinyarwanda)
Itangiriro 17
Kuva 14:13–16
Yobu 14 n’igice cya 42:1–5
Amosi 3:7
Mariko 11:22–26 na 14:3–9
Luka 17:28–30