Mukundwa Mugeni,
Umwami yashyize ku mutima wanjye Ubutumwa Bwihariye n’Amateraniro y’Ubusabane ku munsi ubanziriza Ubunani. Ni ikihe kintu gikomeye twashobora gukora, nshuti, cyaruta kumva Ijwi ry’Imana rivugana natwe, dusangira Ifunguro ry’Umwami, kandi tukongera kwegurira ubuzima bwacu umurimo We mu gihe dutangira Umwaka Mushya. Mbega igihe gitunganye byabacyo dufungiranye isi hanze, maze tukiyunga hamwe n’Umugeni kubw’uku guterana mu Ijambo Kudasanzwe, nkuko tubivuga biturutse mu mitima yacu, “Mwami utubabarire amakosa yose twakoze muri iki gihe cyose cy’umwaka; ubu turimo turakwegera, dusaba ko wadufata ukuboko kandi ukatuyobora muri uyu mwaka uje. Reka tugukorere kurusha uko twaba twarigeze tubikora, kandi niba biri mu Bushake Bwawe bwa Kimana, reka ube umwaka w’Izamurwa rikomeye rigomba kubaho. Mwami, turashaka kujya mu Rugo kugira ngo tubane na We mu Iteka. ” Nkumbuye cyane kongera kuzenguruka Intebe y’Ubwami kubw’uku kongera kwiyegurira umurimo kudasanzwe, Icyubahiro kibe cy’Uwiteka.
Kubw’abizera bari mu gice cya Jeffersonville, ndashaka ko dutangira kasete I saa Moya z’umugoroba ku isaha yo mu karere k’iwacu. Ubutumwa Bwose n’amateraniro y’Ubusabane azaba ari guca kuri Voice Radio kuri iyo saha, nkuko twagiye tubikora mu bihe byahise. Vino yo gukoresha mu busabane izaba ihari Kuwa Gatatu ku itariki 18, guhera saa saba kugera saa kumi n’imwe, muzaza kuyifata ku nyubako ya YFYC.
Kuri abo baba ahandi hatari mu karere ka Jeffersonville, mwagira aya materaniro adasanzwe ku isaha iboroheye. Turaza kubaha umurongo mwamanuriraho Ubutumwa n’Amateranior y’Ubutumwa vuba aha.
Mu gihe twegera Iminsi mikuru ya Noheri, Ndashaka kubifuriza wowe n’umuryango wawe ibihe by’ibiruhuko BYIZA kandi BITEKANYE, na CHRISTmas Nziza, yuzuye umunezero w’umuzuko w’Umwami Yesu… IJAMBO.
Imana ibahe umugisha.
Mwene Data Joseph