Byatangajwe ku itariki 23 nzeri 2024
Bene Data na Bashiki bacu,
Nifuzaga ko twagira amateraniro y’ubusabane(ifunguro) no kozanya ibirenge kuri iki Cyumweru, tariki 29 nzeri niba Umwami abishaka. Nkuko twabikoze mugihe cyahise, ndabashishikariza gutangira saa kumi n’imwe ku isaha y’aho muri. Nubwo Mwene Data Branham yavuze ko intumwa zagiraga Ifunguro buri gihe cyose bateranye, yahisemo kujya arigira nimugoroba, kandi yaryitaga ko ari Ifunguro ry’Umwami rya Nimugoroba
Ubutumwa n’amateraniro y’Ubusabane biratambuka kuri Radiyo Ijwi (Voice Radio), kandi haraza kuba hariho n’umurongo ushobora gukururiraho idosiye kuri abo badashobora kugera ku mirongo ya Radiyo Ijwi kuri iki Cyumweru mu gitondo.
Kuri bene Data bari mu bice bya Jeffersonville, turaza kuba dufite aho muza gukura vino y’igaburo. Itangazo riraza gutambuka mu gihe gito rigaragaza ahantu, umunsi n’igihe.
Mu kuri kose ndifuza ko twubahiriza iri tegeko ry’Umwami yadusigiye. Mbega amahirwe kuri twe gutegura ingo zacu kandi tugafungurira imitima yacu Umwami w’Abami kugira ngo Aze asangire natwe ku Meza Ye.
Imana ibahe umugisha,
Mwene Data Joseph