25-0316 Ikimenyetso cya Mbere

Ubutumwa : 63-0318 Ikimenyetso cya Mbere

BranhamTabernacle.org

Mukundwa Mwamikazi W’Ijuru

Nkubikiye mbyinshi kuri iki Cyumweru. Icya mbere, urumva guhinda kw’inkuba. Riraba ari Ijwi Ryanjye, Ijwi ry’Imana rivugana nawe, Mugeni Wanjye. Ndaba ndimo nguhishurira Ijambo Ryanjye birenze uko byaba byarigeze bibabaho mbere. Uraza kumbona, Umwana w’Intama wuzuyeho amaraso watambwe isi itarashyirwaho imfatiro, Afata kandi agafungura Igitabo, Akamena Ibimenyetso, Kandi akabyohereza hasi ku isi, kuri marayika Wanjye wa karindwi, William Marrion Branham, kugira ngo Ahishurire WOWE ubwiru bwari bwarahishwe kuva isi yaremwa!

Harabaho kurangurura, kuvuza akaruru, naza halleluya ziturutse ahantu hose ku isi mu gihe Ndimo mvugana nawe. Intare iraba irimo intontoma; gusigwa, imbaraga, ubwiza, kugaragara biraba birenze uko byavugwa. Wowe, Mwamikazi Wanjye, uraba urimo wicazwa ahantu ho mu ijuru hamwe Nanjye mu gihe mvugana nawe kandi nkaguha Kwizera kw’Izamurwa.

Wibuke, ugomba kugira kwa Kwizera kwahawe abera inshuro imwe gusa. Ndakubwiwe ukwiriye kumva marayika Wanjye nohereje.

 kubera ko agomba “kugarura kwizera kw’abana ku kwa ba se.” Ukwizera k’umwimerere kwa Bibiliya kugomba kugarurwa na marayika wa karindwi.

Ijambo Ryanjye rikubwira ko, mu minsi y’Ijwi rya marayika wa karindwi, atangiye kurangurura, atangiye kuvuza impanda y’Ubutumwa Bwiza; agomba kurangiza ubwiru bwose bw’Imana. Aho nta kintu kigomba kongerwaho kandi nta kintu na kimwe kigomba gukurwaho kubyo yavuze ku makasete; muvuge gusa ibyo Navugiye muri marayika Wanjye intumwa. Iyo niyo mpamvu yatumye mbifata amajwi, bityo kugira ngo mu buryo bworoheje ubashe GUKANDAHO BIVUGE kandi wumve neza neza icyo mvuze, n’uburyo nkivuzemo. Biraguha kuba urimo Kuzamurwa mu Kwizera.

Mukundwa Mwamikazi, mu Maso Yanjye, uratunganye, kuburyo budakuka, nta cyaha ufite imbere yanjye. Ntutinye, ntabwo UZIGERA unyura mu karengane; kubera ko wemeye Amaraso Yanjye, Ijambo Ryanjye, marayika Wanjye, Ijwi Ryanjye, kubw’ibyo nta cyaha ugira mu buryo bwuzuye imbere Yanjye.

Mfite ibintu nk’ibyo bikomeye nkubikiye. Uraza kubona Ijambo Ryanjye rifungukira imbere y’amaso yawe buri munsi. Nagiye nshyira ibimenyetso mu kirere kugira ngo nkubwire ikintu cyenda kubaho. Ndimo ndaza, itegure. Ushyire Ijambo Ryanjye, Ijwi Ryanjye, kumwanya wa mbere mu buzima bwawe.

Ibindi byose ubishyire ku ruhande, nta kintu cy’ingenzi gihari cyaruta Ijambo Ryanjye. Ndabizi ko umwanzi arimo kugerageza kubakubita hasi, ariko nabasezeranije ko nzabahagurutsa. Ndi kumwe namwe, ndetse MURI MWE. Wowe na Njye turimo turaba Umwe mu gihe nguhishurira Ijambo Ryanjye.

Urabizi mu mutima wawe, wowe URI Umwamikazi Wanjye Mugeni. Urabizi ko nakumenye mbere. Urabizi ko ngukunda. Urabizi ko Mba Ndi kumwe nawe buri segonda rya buri munsi. Urabizi ko NTAZIGERA NKUREKA.

Turaza kuba tugira ibihe bitangaje mu gihe nguhishurira biruseho kuri buri Cyumweru, buri munsi, mu gihe unyumva Mvuga binyuze muri marayika Wanjye kuri wowe. Abandi bashobora kutambyumva cyangwa ngo babone ibyo muri kubona, ariko birashimangiye mu mutima wawe ko iyi ariyo Nzira Yanjye Nateguye.

Mbega ubuhungiro Naguteguriye. Ushobora gusa Gukandaho Bikavuga igihe icyo aricyo cyose, kumanywa cyangwa nijoro, kugira ngo Unyumve Mvuga. Ndaba mpumuriza ubugingo bwawe mu gihe Nguhishurira Ijambo Ryanjye kandi nkakubwira uwo uri we. Buri Butumwa ni ubwawe, kandi ni ubwawe wenyine. Dushobora gusabana kandi tukaramya hamwe igihe cyose ubishakiye.

Kucyumweru I Saa Sita z’Amanywa, ku isaha y’I Jeffersonville, Itsinda ry’Umugeni riraba riteraniye hamwe ahantu hose ku isi kugira ngo twumve ubu bwiru bukomeye burimo guhishurwa. Ndabatumira kugira ngo muze mwiyunge natwe mu gihe twumva, 63-0318 – “Ikimenyetso cya Mbere”

Mwene Data Joseph

Ibyanditswe byo gusoma mu kwitegura kumva Ubutumwa:

Matayo 10: 1

Ahamagara abigishwa be cumi na babiri, abaha ubutware bwo kwirukana abadayimoni no gukiza indwara zose n’ubumuga bwose.

Matayo11: 1-14

Yesu amaze gutegeka abigishwa be cumi na babiri, avayo ajya kwigisha no kubwiriza abantu mu midugudu y’aho.

Ariko Yohana yumviye mu nzu y’imbohe ibyo Yesu akora, atuma abigishwa be ko bamubaza bati

Mbese ni wowe wa wundi ukwiriye kuza, cyangwa dutegereze undi?

Yesu arabasubiza ati “Nimugende mubwire Yohana ibyo mwumvise n’ibyo mubonye.

Impumyi zirahumuka, ibirema biragenda, ababembe barakira, ibipfamatwi birumva, abapfuye barazurwa, abakene barabwirwa ubutumwa bwiza.

Kandi hahirwa uwo ibyanjye bitazagusha.”

Abo bakigenda, Yesu atangira kuvugana n’abantu ibya Yohana ati “Mwagiye mu butayu kureba iki? Urubingo ruhungabanywa n’umuyaga?

Ariko mwagiye kureba iki? Umuntu wambaye imyenda yorohereye? Erega abambara iyorohereye baba mu ngo z’abami!

Ariko mwajyanywe n’iki? Kureba umuhanuzi? Ni koko, kandi ndababwira yuko aruta umuhanuzi cyane.

Uwo ni we wandikiwe ngo Dore ndenda gutuma integuza yanjye mbere yawe, Izakubanziriza igutunganirize inzira.’

Ndababwira ukuri, yuko mu babyawe n’abagore hatigeze kubaho umuntu uruta Yohana Umubatiza, ariko umuto mu bwami bwo mu ijuru aramuruta.
Uhereye ku gihe cya Yohana Umubatiza ukageza none, ubwami bwo mu ijuru buratwaranirwa, intwarane zibugishamo imbaraga.
Kuko abahanuzi bose n’amategeko byahanuye kugeza igihe cya Yohana,
kandi niba mushaka kubyemera, ni we Eliya wahanuwe ko azaza.

Matayo 24: 6

Muzumva iby’intambara n’impuha z’intambara, mwirinde mudahagarika imitima kuko bitazabura kubaho, ariko imperuka izaba itaraza.

Matayo 28:19

Nuko mugende muhindure abantu bo mu mahanga yose abigishwa, mubabatiza mu izina rya Data wa twese n’Umwana n’Umwuka Wera,

Yohana 12:23-28

Yesu arabasubiza ati “Igihe kirasohoye ngo Umwana w’umuntu ahabwe ubwiza bwe.

Ni ukuri, ni ukuri, ndababwira yuko iyo akabuto k’ishaka kataguye hasi ngo gapfe kagumaho konyine, ariko iyo gapfuye kera imbuto nyinshi.

Ukunda ubugingo bwe arabubura, ariko uwanga ubugingo bwe muri iyi si, azaburinda ageze ku bugingo buhoraho.

Umuntu nankorera ankurikire, kuko aho ndi n’umugaragu wanjye ari ho azaba. Umuntu nankorera Data azamuha icyubahiro.

None umutima wanjye urahagaze, kandi navuga iki? Nti ‘Data, nkiza undokore iki gihe’, kandi ari byo byanzanye ngo nkigeremo?
Data, ubahiriza izina ryawe. Nuko ijwi rivugira mu ijuru riti “Ndaryubahirije, kandi nzongera kuryubahiriza.”

Ibyakozwe 2: 38

Petero arabasubiza ati “Nimwihane, umuntu wese muri mwe abatizwe mu izina rya Yesu Kristo ngo mubone kubabarirwa ibyaha byanyu, kandi namwe muzahabwa iyi mpano y’Umwuka Wera,

2 Abatesalonike 2: 3-12

Ntihakagire umuntu uboshya uburyo bwose, kuko uwo munsi utazaza kurya kwimūra Imana kutabanje kubaho, kandi urya munyabugome atarahishurwa ari we mwana wo kurimbuka.

Ni umubisha wishyira hejuru y’icyitwa imana cyose cyangwa igisengwa, kugira ngo yicare mu rusengero rw’Imana, yiyerekane ko ari Imana.

Ntimwibuka yuko nababwiye ibyo nkiri kumwe namwe?

Kandi none muzi yuko ikimubuza ari ukugira ngo azahishurwe mu gihe cye,

kuko amayoberane y’ubugome n’ubu atangiye gukora, ariko ntazahishurwa keretse uyabuza ubu akuweho.

Ni bwo wa mugome azahishurwa, uwo Umwami Yesu azicisha umwuka uva mu kanwa ke, akamutsembesha kuboneka k’ukuza kwe.

Kuza k’uwo mugome kuri mu buryo bwo gukora kwa Satani, gufite imbaraga zose n’ibimenyetso n’ibitangaza by’ibinyoma,

n’ubuhenzi bwose bwo gukiranirwa ku barimbuka, kuko batemeye gukunda ukuri ngo bakizwe.

Ni cyo gituma Imana izaboherereza ubushukanyi bukomeye cyane ngo bizere ibinyoma,

kugira ngo abatizeye iby’ukuri bose bakishimira gukiranirwa, bacirwe ho iteka.

Abaheburayo 4: 12

Kuko ijambo ry’Imana ari rizima, rifite imbaraga kandi rikagira ubugi buruta ubw’inkota zose, rigahinguranya ndetse kugeza ubwo rigabanya ubugingo n’umwuka, rikagabanya ingingo n’umusokōro kandi rikabangukira kugenzura ibyo umutima wibwira ukagambirira.

Ibyahishuwe 6: 1-2

Nuko mbona Umwana w’Intama amena kimwe muri ibyo bimenyetso birindwi bifatanije cya gitabo, numva kimwe muri bya bizima bine kivuga ijwi nk’iry’inkuba kiti “Ngwino.”

Ngiye kubona mbona ifarashi y’umweru, kandi uyicayeho yari afite umuheto ahabwa ikamba, nuko agenda anesha kandi ngo ahore anesha.

Ibyahishuwe 10: 1-7

Mbona marayika wundi ukomeye amanuka ava mu ijuru yambaye igicu, umukororombya uri ku mutwe we, mu maso he hasa n’izuba, ibirenge bye bisa n’inkingi z’umuriro.

Mu intoki ze yari afite agatabo kabumbutse. Nuko ashyira ikirenge cye cy’iburyo ku nyanja, n’icy’ibumoso agishyira ku butaka.

Ibyahishuwe 12: 7-9

Mu ijuru habaho intambara. Mikayeli n’abamarayika be batabarira kurwanya cya kiyoka, ikiyoka kirwanana n’abamarayika bacyo.

Ntibanesha kandi mu ijuru ahabo ntihaba hakiboneka.

Cya kiyoka kinini kiracibwa, ari cyo ya nzoka ya kera yitwa Umwanzi na Satani, ari cyo kiyobya abari mu isi bose. Nuko kijugunywa mu isi, abamarayika bacyo bajugunyanwa na cyo.

Ibyahishuwe 13:16

Itera bose aboroheje n’abakomeye, n’abatunzi n’abakene, n’ab’umudendezo n’ab’imbata, gushyirwaho ikimenyetso ku kiganza cy’iburyo cyangwa mu ruhanga,

Ibyahishuwe 19: 11-16

Mbona ijuru rikinguye kandi ngiye kubona mbona ifarashi y’umweru. Uhetswe na yo yitwa Uwo kwizerwa, kandi Uw’ukuri. Ni we uca imanza zitabera akarwana intambara zikwiriye.

Amaso ye ni ibirimi by’umuriro no ku mutwe we afite ibisingo byinshi, kandi afite izina ryanditswe ritazwi n’umuntu wese keretse we wenyine.

Yambaye umwenda winitswe mu maraso kandi yitwa Jambo ry’Imana.

Ingabo zo mu ijuru ziramukurikira zihetswe n’amafarashi y’imyeru, zambaye imyenda y’ibitare myiza, yera kandi itanduye.

Mu kanwa ke havamo inkota ityaye kugira ngo ayikubite amahanga, azayaragize inkoni y’icyuma. Yengesha ibirenge mu muvure w’inkazi y’umujinya w’Imana Ishoborabyose.

Kandi ku mwenda we no ku kibero cye afite izina ryanditsweho ngo UMWAMI W’ABAMI, N’UMUTWARE UTWARA ABATWARE.

Malaki igice cya 3

Dore nzatuma integuza yanjye, izambanziriza intunganyirize inzira. Umwami mushaka azāduka mu rusengero rwe, kandi intumwa y’isezerano mwishimana dore iraje. Ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga.
Ni nde uzabasha kwihangana ku munsi wo kuza kwe? Kandi ni nde uzahagarara ubwo azaboneka? Kuko ameze nk’umuriro w’umucuzi, n’isabune y’abameshi.

Kandi azicara nk’ucura ifeza akayitunganya akayimaramo inkamba, azatunganya abahungu ba Lewi, abacenshure nk’uko bacenshura izahabu n’ifeza, maze bazature Uwiteka amaturo bakiranutse.

Maze amaturo y’i Buyuda n’i Yerusalemu azanezeze Uwiteka, nk’uko yamunezezaga mu minsi ya kera no mu myaka yashize.

Kandi nzabegera nce urubanza, nzabanguka gushinja abarozi n’abasambanyi n’abarahira ibinyoma, n’abima abakozi ibihembo byabo, bakarenganya abapfakazi n’impfubyi, bakagirira nabi umunyamahanga kandi ntibanyubahe. Ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga.
Kuko jyewe Uwiteka ntabwo mpinduka, ni cyo gituma abahungu ba Yakobo mutamarwaho.

Uhereye mu bihe bya ba sogokuruza banyu muhora muteshuka, mukareka amategeko yanjye ntimuyitondere. Nimungarukire, nanjye ndabagarukira. Ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga. Nyamara murabaza muti ‘Tuzagaruka dute?’
Mbese umuntu yakwima Imana ibyayo? Ariko mwebwe mwarabinyimye. Nyamara murabaza muti ‘Twakwimye iki?’Mwanyimye imigabane ya kimwe mu icumi n’amaturo,
muvumwa wa muvumo kuko ishyanga ryose uko mungana mwanyimye ibyanjye.
Nimuzane imigabane ya kimwe mu icumi ishyitse mubishyire mu bubiko, inzu yanjye ibemo ibyokurya. Ngaho nimubingeragereshe, ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga, murebe ko ntazabagomororera imigomero yo mu ijuru, nkabasukaho umugisha mukabura aho muwukwiza.
Nzahana indyanyi nyibahora, ntizarimbura imyaka yo ku butaka bwanyu, kandi n’umuzabibu wanyu ntuzaragarika imbuto mu murima igihe cyawo kitaragera. Ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga.
Kandi amahanga yose azabita abanyamahirwe, kuko muzaba igihugu kinezeza. Ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga.
Amagambo mwamvuze yari akomeye, ni ko Uwiteka avuga, nyamara murabaza muti ‘Twakuvuze iki?’

Mwavuze yuko gukorera Imana ari nta mumaro, kandi muti ‘Byatumariye iki ubwo twitonderaga amategeko yayo, tukagendera imbere y’Uwiteka Nyiringabo twambaye ibyo kwirabura?

Noneho abibone ni bo twita abanyamahirwe, ni koko abakora ibyaha barakomezwa, ndetse bagerageza Imana bagakizwa.'”

Maze abubahaga Uwiteka baraganiraga, Uwiteka agatega amatwi akumva, nuko igitabo kikandikirwa imbere ye cy’urwibutso rw’abubahaga Uwiteka bakita ku izina rye.

Uwiteka Nyiringabo aravuga ati “Bazaba abanjye umunsi nzakoreraho bazaba amatungo yanjye bwite, nzabababarira nk’uko umuntu ababarira umwana we umukorera.

Ubwo ni bwo muzagaruka mukamenya gutandukanya abakiranutsi n’abanyabyaha, abakorera Imana n’abatayikorera.

Malaki igice cya 4

Dore hazaba umunsi utwika nk’itanura ry’umuriro, abibone bose n’inkozi z’ibibi zose bazaba ibishingwe, maze habe umunsi uzabatwika bashire, ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga, ntuzabasigira umuzi cyangwa ishami.
Ariko mwebweho abubaha izina ryanjye, Izuba ryo gukiranuka rizabarasira rifite gukiza mu mababa yaryo, maze muzasohoka mukinagire nk’inyana zo mu kiraro.
Kandi muzaribatira abanyabyaha hasi, bazaba ivu munsi y’ibirenge byanyu ku munsi nzabikoreraho. Ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga.
Nimwibuke amategeko y’umugaragu wanjye Mose, ayo namutegekeye i Horebu yari ay’Abisirayeli bose, yari amategeko n’amateka.

Dore nzaboherereza umuhanuzi Eliya, umunsi w’Uwiteka ukomeye kandi uteye ubwoba utaragera.
Uwo ni we uzasanganya imitima  ya ba se ku bana n’imitima y’abana ku ya ba se, kugira ngo ntazaza kurimbuza isi umuvumo.

Danieli 8:23-25

IIgihe ubwo bwami buzaba bwenda gushirira, abanyabyaha bamaze gukabya, umwami w’umunyamwaga umenya ibitamenyekana azima.

Imbaraga ze zizaba zikomeye, ariko ntizizaba ari ize ubwe. Azarimbura bitangaje, azabasha ibyo yagambiriye, azarimbura abakomeye n’ubwoko bw’abera.

Azagira imigambi ituma abashishwa byose n’uburyarya, kandi azishyira hejuru mu mutima we, azarimbura benshi biraye ndetse azahaguruka kurwanya Umwami w’abami. Ariko azavunagurika nta wumukozeho.

Danieli 11:21

Bukeye mu cyimbo cye hazahaguruka umuntu w’insuzugurwa adahawe icyubahiro cy’ubwami, ariko azaza mu gihe cyo kwirara, aziheshe igihugu kwihakirizwa kwe.

Danieli 9:25-27

Nuko ubimenye, ubyitegereze yuko uhereye igihe bazategekera kubaka i Yerusalemu bayisana kugeza kuri Mesiya Umutware hazabaho ibyumweru birindwi, maze habeho ibindi byumweru mirongo itandatu na bibiri bahubake basubizeho imiharuro n’impavu, ndetse bizakorwa mu bihe biruhije.
Ibyo byumweru uko ari mirongo itandatu na bibiri nibishira Mesiya azakurwaho, kandi nta cyo azaba asigaranye. Maze abantu b’umutware uzaza bazarimbure umurwa n’ubuturo bwera, uwo iherezo rye rizaba nk’utembanywe n’umwuzure w’amazi, intambara n’ibyago bizarinda bigeza imperuka. Ni ko bitegetswe.
Uwo mutware azasezerana na benshi isezerano rikomeye, rimare icyumweru kimwe. Nikigera hagati azabuzanya ibitambo n’amaturo, umurimbuzi azaza ku ibaba ry’ibizira, maze kugeza ku mperuka yategetswe uburakari buzasandazwa kuri uwo murimbuzi.