25-0309 Icyuho kiri hagati y’Ibisekuru Birindwi by’itorero n’Ibimenyetso Birindwi

Ubutumwa : 63-0317E Icyuho kiri hagati y’Ibisekuru Birindwi by’itorero n’Ibimenyetso Birindwi

BranhamTabernacle.org

Bakundwa Mwebwe Abagaruwe,

Ntabwo njya ndambirwa kumva Ijwi ry’Imana ritubwira abo turibo, aho twaturutse, aho tugiye, n’icyo tuzaragwa, n’uburyo Idukunda cyane.

Abatambyi b’umwuka, ishyanga ryera, ritura Imana ibitambo by’umwuka, imbuto z’iminwa yabo, ihimbaza Izina rye”. Mbega ubwoko! Abo Yaronse.

guhumurizwa kwacu konyine n’amahoro bituruka mu kumva Ijwi ry’Imana rivugana natwe, hanyuma tukongera kuvugana na Data kubwo kumutura ibitambo by’imbuto z’iminwa yacu, duhimbaza Izina Ryayo.

Iyi si yose iraniha. Ibyaremwe biraniha. Turimo turaniha kandi dutegereje kuza k’Umwami. Iyi si ntacyacu ifite. Turiteguye kuva aha maze tukajya mu Birori by’Ubukwe no mu Buturo bw’Ahazaza hamwena We n’abo bose bamaze kuhagera, aho hakurya y’inyegamo y’igihe, baradutegereje.

Reka duhaguruke maze twicuguse! Dukomange amarangamutima yacu, dukangukire kureba ibirimo kubaho ubu ndetse n’ibigiye kubaho mu gihe cyo guhumbya no guhumbura.

Ntibyigeze bibaho mu mateka y’isi aho byigeze bishoboka ko Umugeni wa Kristo yiyunga hamwe ku isi hose, bose ku isaha imwe, kugira bumve Ijwi ry’Imana rivuga kandi rihishurira Umugeni Wayo Ijambo.

Abizera, baribaza ubwabo, ni irihe jwi, ni uwuhe mukozi w’Imana, n’uwuhe muntu, washobora kunga hamwe no kuzana Umugeni wa Kristo ngo ajye hamwe? Niba uri Umugeni wa Kristo, urabizi neza ko nta rindi Jwi uretse Ijwi ry’Imana riri ku makasete.

Yego, Umwuka Wera ari muri buri umwe wese muri twe, buri mukozi mu itorero, ariko Imana Ubwayo yatubwiye ko izacira isi urubanza ikoresheje Ijambo Ryayo. Umugeni azi Ijambo Ryayo ko rituruka ku muhanuzi Wayo. Umuhanuzi Wayo niwe musobanuzi WENYINE w’Ijambo ry’Imana. Icyo avuze ntawe ushobora kugira icyo yongeraho cyangwa ngo akureho. Ni Ijambo, riri ku makasete, ibyo nibyo twese bazaducira urubanza bakoresheje, kandi nta yandi magambo cyangwa ubusobanuro bw’iryo Jambo.

Ntibishoboka kurindi jwi ryose kunga Umugeni.  Ni Ijwi ry’Imana ryonyine riri ku makasete rishobora kunga Umugeni Wayo. Niryo Jambo ryonyine Umugeni wese ashobora kwemeranyaho. Niryo Jwi ryonyine Imana Ubwayo yahamirije ko ari Ijwi Ryayo ku Mugeni Wayo. Umugeni Wayo agomba kugira Igitekerezo Kimwe n’Umutima Uhuye kugira ngo abe hamwe na We.

Abakozi bashobora gukora, abigisha bashobora kwigisha, abashumba bashobora gushumba, ariko Ijwi ry’Imana riri ku makasete niryo Jwi ry’ingenzi ryonyine bagomba gushyira imbere y’abantu. Nicyo Kidakuka cy’Umugeni.

Niba ufite Guhishurirwa kw’ibyo, noneho iki nicyo kigiye kubaho.

Ijambo ritubwira ko Adamu yatakaje umurage we, ari wo si. Yavuye mu kiganza cye ijya mu kiganza cy’uwo yayigurishijeho, ariwe Satani. Yaguranye kwizera kwe mu Mana, abigurana ibitekerezo bya Satani. Yanyazwe buri gace kose kajya mu biganza bya Satani. Yabikuye mu kiganza cye abishyira mu kiganza cya Satani.

Imana ni Imana y’isi yose, ahantu hose, ariko umwana Wayo, yari afite isi mu buyobozi Bwe. Yashoboraga kuvuga, yashoboraga kwita amazina, yashoboraga kurangurura, agahagarika ibyaremwe, yarashoboye icyo ashatse cyose. Yari afite mu buryo bwuzuye ndetse bw’ikirenga ubuyobozi bw’isi.

Adamu yarabitakaje byose, ariko icyubahiro kibe icy’Imana, ibyo yatakaje byose kandi akabinyagwa byacunguwe na Mwene Wacu wa Bugufi, nta wundi utari Imana Ishobora Byose, yahindutse Imanuweli, umwe muri twe. UBU, NI IBYACU.

Turi abahungu n’abakobwa Be abo bazima kandi bakaba abami n’abatambyi hamwe na We. Dufite ubugingo buhoraho hamwe na We ndetse n’abo bose bamukunda. Nta kongera kurwara, nta gahinda, nta rupfu, hamwe n’iteka.

Mu gutekereza ibyo, ni gute twashobora kwemerera satani kudushyira hasi? Ni IBYACU, aho niho twerekeje vuba aha. Yaduhaye ikintu gikomeye cyane Yashobora kuduha. Iyi minsi mike y’ibipimo n’ibigeragezo kuri iyi si irimo irashira vuba binyuze MU NTSINZI IKOMEYE ISIGAJE IMINSI MIKE IMBERE YACU.

KWIZERA Kwacu kurakomeye bitigeze kubaho. Umunezero wacu ni mwinshi bitigeze bibaho.  Tuzi abo turibo n’aho tugiye. Turabizi ko turi mu Bushake Bwayo butunganye hamwe n’Ijambo Ryayo. Icyo ducyeneye gukora gusa ni ukugumana n’aya makasete kandi tukizera buri Jambo; atari uko tubisobanukiwe byose, AHUBWO TWIZERA BURI JAMBO… kandi TURABIKORA.

Kwizera kuzanwa no kumva, kumva Ijambo. Ijambo riza ku muhanuzi. Imana yararivuze. Imana irifata amajwi, Imana irarihishura. Twe turaryumva. Twe tukaryizera.

Mwashobora kwakira uku Guhishurirwa binyuze mu Ijwi ry’IMANA riri ku makasete.

Ibyo byose Kristo azakora ku iherezo tuzabihishurirwa muri iki cyumweru, mu Bimenyetso Birindwi, niba Imana ibitwemereye. Murabona ? Byiza cyane. Bizahishurwa, Kandi nibihishurwa, uko Ibimenyetso birindwi bizagenda bimenwa, kandi tukabihabwa, noneho dushobora kubona uwo mugambi w’ugucungurwa uwo ari wo, gihe ki na buryo ki uzagerwaho. Ibyo byose bihishwe muri iki Gitabo cy’ubwiru, hano. Gifatanishije ibimenyetso, gifungishijwe Ibimenyetso Birindwi…Kandi noneho Umwana w’Intama ni we wenyine wabasha kubimena.

Kuri iki Cyumweru 12:00 z’amanywa, ku isaha y’I Jeffersonville, igice cy’Umugeni wo ku isi hose azaba arimo kumva Ijwi ry’Imana bose ku isaha imwe. Tuzaba tunyeganyeza ijuru hamwe n’amasengesho yacu no kumuhimbaza. Ndabatumira kugira ngo muze mwiyunge natwe mu gihe twumva: Icyuho kiri hagati y’Ibisekuru Birindwi by’itorero n’Ibimenyetso Birindwi 63-0317E

Ntimuze kwibagirwa impinduka z’amasaha muri Jeffersonville kuri iyi mpera y’icyumweru

Mwene Data Joseph Branham