Ubutumwa : 61-0618 Ibyahishuwe, Igice cya 5 Umutwe wa 2
Bakundwa Baruhutse
Ni ukuri iki nicyo gihe cy’imbeho cyiza cyane ku buzima bwacu. Kuza k’Umwami kuregereje. Twashyizweho ikimenyetso n’Umwuka Wera; ikimenyetso cy’Imana gihamya ko buri kintu Kristo yapfiriye ari icyacu.
Ubu dufite igihamya cy’umurage wacu, Umwuka Wera. Ni igihamya, Ubwishyu bw’ibanze, y’uko twakiriwe muri Kristo. Turuhukiye mu masezerano y’Imana, dufubitswe n’agasusuruko k’izuba Rye; Ijambo Rye rihamirijwe, twumva Ijwi Rye.
Ni igihamya cy’agakiza kacu. Ntabwo duhangayikiye kwibaza niba turibwambuke Hakurya hariya cyangwa tutaribwambuke, TURAGIYE! Ni gute tubimenya? Niko Imana yavuze! Imana yarabisezeranye kandi dufite igihamya. Twamaze kubyakira kandi Kristo yaratwemeye.
Nta buryo buhari twashobora gutandukana Nacyo… Mu byukuri, turi aho? Icyo dufite gukora gusa ni ugutegereza; Ubu Ari hasi arimo akora umurimo wa Mwene Wacu wa Bugufi w’Umucunguzi. Turategereje igihe azaba agarutse kuri twe. Noneho, mu kanya gato, nk’ako guhumbya kw’ijisho tuzaba twagiye mu birori by’Ubukwe.
Gutekereza gusa ibyo bidutegereje aha imbere. Ibitekerezo byacu ntabwo bishobora kubyakira byose. Umunsi ku munsi Aduhishurira byinshi mu Ijambo Rye, Aduhamiriza ko aya masezerano akomeye ari ayacu.
Isi irimo iracikamo ibice; imiriro, imitingito, n’akaduruvayo ahantu hose, ariko bizera ko bafite umukiza mushya uzakiza isi, maze akabazanira igisekuru cyiza cyane. Twamaze kwakira Umukiza wacu kandi turi kubaho mu gisekuru cyiza cyane.
Noneho Arimo aradutegurira Guhishurirwa kuruseho mu gihe twinjira mu gice cya 5 cy’Ibyahishuwe. Arimo arategura hano kubwo gufungurwa kw’Ibimenyetso Birindwi. Nkuko yabikoze mu gice cya 1cy’Ibyahishuwe, afungurira inzira Ibisekuru Birindwi by’Itorero.
Igice gisigaye cy’igihe cy’imbeho ni gute kigiye kumerera Umugeni? Reka dusongongereho gato:
Noneho, nta gihe mfite. Nabyanditse, ibisobanuro bimwe kuri byo hano, ariko mu materaniro yacu ataha mbere y’uko twinjira muri ibi… Ahari igihe nzava mu gihe cyanjye cy’ikiruhuko cyangwa mu bindi bihe, ndashaka kuzafata ibi byumweru mirongwirindwi bya Daniyeli maze nkabihuza neza hano, kandi nerekane aho biza guhura na Yubile ya Pantekote, kandi mbigarure hamwe n’ibyo birindwi… ibyo bimenyetso birindwi bigomba gufungurwa hano mbere y’uko dukomeza, kandi byerekana ko ibyo ari ku iherezo, ibi…
Mbega igihe gitangaje Umwami yabikiye Umugeni Wayo. Yihishura Ubwe mu Ijambo Rye kubwacu kurusha uko byigeze kubaho mbere. Bidutera umwete y’uko turi Abo Yatoranije Abo Aziye. Atubwira ko turi mu bushake Bwayo Butunganye kubwo kugumana n’Ijwi Ryayo, n’Ijambo Ryayo.
Ni iki turimo gukora? Nta na kimwe, turaruhutse gusa! Dutegereje! Nta miruho ukundi, nta mihangayiko, TURUHUKIYE KURI RYO!
Muze muruhukane natwe kuri iki Cyumweru I saa Sita z’amanywa, ku Isaha y’I Jeffersonville, mu gihe twumva Ijwi ry’Imana RIHAMIRIJWE rituzanira Ubutumwa:
61-0618 0 “Ibyahishuwe, Igice cya 5 Umutwe wa 2”
Mwene Data Joseph Branham