Ubutumwa : 61-0108 Ibyahishuwe, Igice cya Kane igika cya III
- 25-0112 Ibyahishuwe, Igice cya Kane igika cya III
- 21-0103 ISambulo, Isahluko Sesine Ingxenye III
- 16-0417 ISambulo, Isahluko Sesine Ingxenye III
Bakundwa Abatagira Iherezo,
Ni igihe cyo kwambara intwaro yacu y’icyuma gikingira umutwe maze tugashyiramo gutekereza kwacu k’umwuka, kubera ko Imana yiteguye guha Umugeni Wayo Iyerekwa riruseho ku Ijambo Ryayo.
Iradutwikururira ubwiru Bwayo bwose bwo mu bihe byahise. Iratubwira ibyenda kubaho mu bihe bizaza. Icyo abandi bo muri Bibiliya babonye kandi bakumva, Iraduhishurira buri gace gato kose k’Ijambo Ryayo n’icyo Gasobanura.
Tugiye kumva kandi dusobanukirwe ubusobanuro bw’ibimenyetso bya Bibiliya: Ibiremwa Bizima, Inyanja y’Ibirahuri, Intare, Inyana, Umuntu, Ikizu, Intebe y’Imbabazi, Abarinzi, Abakuru, Amajwi, Therion, Zoon.
Turibwumve kandi dusobanukirwe byose kubijyanye n’abarinzi bo mu Isezerano rya Kera. Yuda: Umurinzi wo mu Burasirazuba; Efurayimu: Umurinzi wo mu Burengerazuba; Rubeni: Umurinzi wo Mumajyepfo; na Dani: Umurinzi wo mu majyaruguru.
Nta kintu cyashoboraga kugera aho ariho hose kuri iyo ntebe y’imbabazi kitanyuze kuri iyo miryango. Intare, ubwenge bw’umuntu, Ikimasa: imirimo ikomeye; Ikizu: Kubanguka Kwacyo.
Uburyo Ijuru, isi, no hagati, n’ahazengurutse, byari abarinzi. Kandi hejuru yabyo hari Inkingi y’Umuriro. Nta kintu cyashoboraga gukora kuri iyo ntebe y’imbabazi kitanyuze muri iyo miryango.
Noneho hari abarinzi b’Isezerano Rishya: Matayo, Mariko, Luka, na Yohana, tukagenda tugakomeza. Irembo ry’iburasirazuba ryari ririnzwe n’intare, irembo ry’amajyaruguru ryari ririnzwe n’ikizu kiguruka, Yohana, umubwirizabutumwa. Hanyuma muganga ari kuri uru ruhande, Luka, Umuntu.
Ubutumwa bwiza bune burinda imigisha ya pantekote hamwe na buri murongo wo guhamiriza neza ibyo byavuze.kandi noneho ibyakozwe n’intumwa bihamiriza uyu munsi, hamwe n’ubutumwa bwiza, ko Yesu-Kristo uko yari ejo, n’uyu munsi ariko ari kandi niko azahora iteka ryose.
Igihe abasigwa b’Imana b’ukuri bavuze, ni Ijwi ry’Imana! Dushaka gusakuza ngo, “Urera, Urera, Urera, Uwiteka!”
Nta buryo buhari washobora kubihunga. Mu byukuri, ntidushobora kubica iruhande, kubera ko bidashobora kujya kure yacu. Twashyizweho ikimenyetso kugeza ku Munsi wo gucungurwa kwacu. Nta gihari mu gihe kizaza, nta n’ikiriho none, amakuba, inzara, inyota, urupfu, cyangwa IKINDI CYOSE, cyashobora kudutanya n’urukundo rw’Imana ruri muri Kristo Yesu.
Mbere y’imfatiro z’isi amazina yacu yari yarashyizwe mu Gitabo cy’Ubugingo cy’Umwana w’Intama kugira ngo tubone UYU Mucyo, twakire Iri Jwi, twizere Ubu Butumwa, twakire Umwuka Wera w’igihe cyacu maze tugendere muri Wo. Igihe Umwana w’Intama yatambwe, AMAZINA YACU yashyizwe mu Gitabo mu gihe kimwe bashyiriyemo aho Izina ry’Umwana w’Intama. ICYUBAHIRO KIBE ICY’UWITEKA!
Rero, nta kintu na kimwe cyashobora kudutandukanya n’ubu Butumwa. Nta kintu cyashobora kudutandukanya n’iri Jwi. Nta kintu cyashobora kudutandukanya n’Uguhishurirwa kw’Iri Jambo kuri twe. Ni ukwacu. Imana yaraduhamagaye kandi Iradutoranya ndetse Itugena mbere. Buri kintu ni icyacu, Ni ukwacu.
Hariho uburyo bumwe bwo kugera kuri ibi byose. Ugomba kuba wogejwe n’amazi y’Ijambo. Ugomba kumva Ijambo mbere y’uko winjira Aho. Kandi hariho uburyo bumwe ushobora kwegera Imana, Ni igihe binyuze mu Kwizera. Kandi Kwizera kuzanwa no kumva, kumva Ijambo ry’Imana, ibyo ni ugushushanywa n’Ahera h’ahera hagaragarira mu ntumwa y’igisekuru.
Hano Rero, malayika w’igisekuru cy’itorero ari kumurika muri ayo mazi, ni nde uri mo hano imbere, amurika imbabazi Ze. Ijambo rye, gukiranuka kwe, izina rye. Byose bimurika hano mo imbere aho mwatandukanijwe kubwo kubyizera. Ibyo murabyumva?
Ntimukigere muhagarika kumva amakasete, mugumane nayo. Mushake mu Ijambo kandi murebe niba atari ukuri. Ni Inzira yatanzwe n’Imana kubw’uyu munsi.
Ngwino wiyunge natwe muri ikigihe cy’imbeho mugihe tujya hamwe duturutse hirya no hino ku isi kugira ngo twumve Ijwi ry’Imana rihishurira Umugeni Wayo Ijambo Ryayo kuruta uko byigeze kubaho mbere. Nta gusigwa gukomeye kwaruta gukandaho bikavuga no gutega amatwi Ijwi Ryayo.
Bivuye mu ndiba y’umutima wanjye, nshobora kuvuga ngo: ndanezerewe kuba nshobora kuvuga ngo ndi Umwe muri Bo hamwe na buri umwe wese muri mwe.
Mwene Data Joseph Branham
Ubutumwa: 61-0108 – “Ibyahishuwe, Igice cya Kane igika cya III”
Igihe: Saa Sita z’amanywa, ku isaha y’I Jeffersonville