24-0616 Ahantu Imana yahisemo Kuramirizwa

Ubutumwa : 65-0220 Ahantu Imana yahisemo Kuramirizwa

BranhamTabernacle.org

Mukundwa Muka Yesu Kristo,

Niba twashobora kubaza ikibazo kubijyanye n’ubuzima bwacu, hagomba kuba hari igisubizo cy’ukuri. Hashobora kuba ikintu cyenda kwegerana nacyo, ariko hari n’icy’ukuri, igisubizo nyacyo kuri buri kibazo. Kubw’ibyo, buri kibazo kiza mu buzima bwacu, hagomba kuba hari igisubizo cy’ukuri kandi gitunganye.

Niba dufite ikibazo cya Bibiliya, hagomba kuba igisubizo cya Bibiliya. Ntabwo dushaka ibiturutse ku itsinda ry’abantu, biturutse mu busabane runaka, cyangwa ibiturutse ku mwarimu, cyangwa biturutse ku idini runaka. Turashaka ikije giturutse neza neza mu Byanditswe. Tugomba kumenya: Ese nihe hantu h’ukuri kandi hatunganye h’Imana ho kuyiramiriza?

, ahantu hatoranijwe n’Imana… hatoranyijwe n’Imana ku bwo guhura n’umuntu, atari mu itorero, atari mu idini, atari mu mihango, ahubwo ni muri Krisito. Ni ho hantu honyine Imana ihurira n’umuntu, aho uwo muntu ashobora kuramiriza Imana, ni muri Krisito. Ni ho hantu honyine. Mwaba abametodisita, ababatisita, abagatulika, abaporoso, icyo mwaba muri cyo cyose, hari ahantu hamwe gusa mushobora kuramiriza Imana nkuko bikwiye; ni muri Kirisito.

Ahantu honyine hatunganye, Imana yatoranije kuramirizwa ni muri Yesu Kristo; iyo niyo Nzira yonyine yatoranijwe.

Bibiliya yadusezeranije Ikizu muri Malaki 4, Inkingi y’Umucyo tugomba gukurikira. Azatwereka itorero ryayobye We ni Abaheburayo 13:8, Yesu Kristo uko yari ejo hahise, niko ari uyu munsi, ndetse n’iteka. Kandi twasezeranijwe muri Luka 17:30 ko Umwana w’umuntu (Ikizu) azihishurira Ubwe Umugeni We.

Mu Byahishuwe 4:7, hatubwira ko hari Ibizima bine, aho icya mbere cyari intare. Igikurikiyeho cyari Ikimasa. Hanyuma, igikurikiyeho cyari umuntu; uwo muntu yari umugorozi, inyigisho z’umuntu, tewolojiya, n’ibindi.

Ariko Bibiliya yaravuze ngo mu gihe cya nimugoroba, Ikizima cya nyuma cyagombaga kuza cyari Ikizu kiguruka. Imana yagombaga guhereza Umugeni Wayo w’igihe cyanyuma Ikizu; Umwana w’umuntu Ubwe, wihishura Ubwe mu mubiri kugira ngo ayobore Umugeni We.


Bibiliya iravuga kandi ko ibyo bintu bya kera, byo mu Isezerano Rya kera, byari igicucu cy’ibintu bigomba kuza. Mu gihe icyo gicucu cyegera hafi, igishushanyo kimirwa mu cyo kirimo gushushanya. Ibyabaye noneho byari igicucu cy’ibirimo kubaho uyu munsi.


muri Samweli 8, Isezerano rya Kera ritubwira ko Imana yatanze Samweli umuhanuzi kugira ngo ayobore abantu. Abantu baramusanga bamubwira ko bashaka umwami. Samweli agira ubwoba bwinshi kuburyo umutima wanze kumuvamo.

Imana yayoboraga abantu binyuze muri uyu muhanuzi wari warayiyeguriye, kandi ahamirjwe n’ibyanditswe nuko amenya ko yanzwe. Nuko yegeranya abantu arabinginga kugira ngo be kureka Imana yabahetse guhera bakiri abana, ikabateza imbere ndetse ikabaha umugisha. Ariko baratsimbarara.

Babwira Samweli ngo, “Ntabwo wigeze wibeshya mu kutuyobora. Nta nubwo wigeze uba umuriganya mu bikorwa bijyanye n’ubutunzi. Wakoze ibishoboka byose kugira ngo uturindire mu nzira y’Ijambo ry’Uwiteka. Dushima ibitangaza, ubwenge, ibyo Iduha no kurinda kw’Imana”. Turabyizera. Turabikunda. Kandi ikiruseho ntabwo dushaka kubaho tutabifite. Ni uko gusa dushaka umwami kugira ngo atuyobore mu ntambara.

Noneho birumvikana igihe tugiye ku rugamba icyo dushaka ni uko abatambyi bakomeza kujya imbere na Yuda agakurikiraho, hanyuma tukavuza impanda kandi tukarangurura maze tukaririmba. Nta na kimwe tuzakuramo. ARIKO TURASHAKA UMWAMI AKABA ARI UMUNTU UMWE MURI TWE NUKO AKAJYA ATUYOBORA.


Aba ntabwo bari abanyedini bo muri kiriya gihe. Aba bari abantu bahamyaga ko WE ARI nyakuri ari umuhanuzi w’Imana akaba ariwe watoranijwe n’Imana kugira ngo abayobore.

“yego, uri umuhanuzi. Twizera Ubutumwa. Imana iguhishurira Ijambo Ryayo, kandi turabikunda, kandi nta n’ubwo twifuza kubaho tutarifite, ariko turashaka undi muntu utari WOWE kugira ngo atuyobore; umwe muri twe. Turacyashaka kuvuga ko twizera Ubutumwa watuzaniye. Ni Ijambo. Uri umuhanuzi, ariko ntabwo ari wowe wenyine cyangwa ngo ube Ijwi ry’ingenzi kurusha andi.”

Hariho abantu beza mu isi uyu munsi, insengero nziza. Ariko hariho Muka Yesu

Kristo umwe, kandi niwe turi We, Uwo Azaba Aziye; Ijambo Mugeni mwari utunganye uwo uzagumana n’IJWI RYONYINE IMANA YAHAMIRIJE KANDI IKEMEZA KO ARI RYO UKU NIKO UWITEKA AVUZE.

Niba ushaka gufatanya natwe kuri iki Cyumweru I saa sita z’amanywa, ku isaha y’I Jeffersonville,
turaza kuba turi ku ihuzanzira rya telephone hirya no hino ku isi turimo twumva. Ibi nibyo bigiye kubaho.

Kora kuri bene Data, bashiki banjye, incuti zanjye ziri hano, aha hantu muri uyu mugoroba, n’abari gukurikira kuri telefoni hariya. Hariho amaleta atandukanye bari kutwumva, hose, guhera ku Nkombe y’Iburasirazuba kugera ku Nkombe y’Iburengerazuba. Ndasaba, Mana dukunda, hariya kure mu butayu bwa Tucson, hariya muri Californie, iyo hejuru muri Nevada, no muri Idaho, iyo kure Iburasirazuba, na hariya i Texas; mu gihe ubu butumire butanzwe, hariho abantu bicaye mu dusengero duto, ku maradiyo, mu mazu, barimo kumva. O Mana, reka uyu mugabo cyangwa uyu mugore, uyu musore cyangwa uyu mukobwa wazimiye, Akugarukire kuri iyi saha. Bikore ubu. Tubigusabye mu Izina Rya Yesu, babone ubu buhungiro hakiri igihe.

Noneho, Mwami, uku guhinyuza kwaneshejwe: Satani, umuriganya, nta bubasha afite bwo kuzitira umwana w’Imana. Ni ikiremwa cyaneshejwe. Yesu Krisito, ahantu hamwe ho kuramiriza, Izina ryonyine ry’ukuri, ryamunesheje i Kalvari. Kandi ubu duha agaciro Amaraso Ye, ayo Yanesherejemo indwara zose, buri bubabare bwose.

Ndategeka Satani ave muri iki cyumba. Mu Izina rya Yesu Kirisito, sohoka muri aba bantu, babohoke.

Abemera gukira kwabo bashingiye ku Ijambo ryanditse, mubihamirize muhagurutse maze muvuge muti: “Nemeye gukira kwanjye ubu ngubu mu Izina rya Yesu Krisito.” Muhaguruke.

Icyubahiro ni icy’Imana. Dore. Murebe hano, ibimuga, n’abandi bose, bahagurutse. Icyubahiro ni icy’Imana. Ni uko. Mwizere gusa. Ari hano.

Mwene Data Joseph Branham

Ahantu Imana Yahisemo Ho Kuramiriza 65-0220

Ibyanditswe byose gusoma mbere yo kumva Ubutumwa:

Gutegeka kwa kabiri 16: 1-3
Kuva 12: 3-6
Malaki Igice cya 3 n’Igice 4
Luka 17:30
Abaroma 8: 1
Ibyahishuwe 4: 7