24-0602 Imbuto ntabwo iraganwa n’igishishwa

Ubutumwa : 65-0218 Imbuto ntabwo iraganwa n’igishishwa

BranhamTabernacle.org

Mukundwa Mbuto ya Cyami y’Abrahamu

Mboherereje indamutso hirya no hino ku isi, kuri abo bateranye hamwe, barimo kumvira kuri ubwo buryo bw’ihuzanzira, barimo bagaburira ubugingo Bwabo kuri iyo Manu nshya ifutse irimo imananuka iva mu Ijuru. Muri abaguzwe Amaraso ya Yesu Kristo Ubwe.

Mwami Yesu, ndasaba ko Wasiga amagambo uyu mugoroba ngo Ijwi ry’Ijuru ryumvikane muri buri gutwi.
Cyangwa niba hari abari aha cyangwa bakurikiye mu gihugu hose,

Imana irimo irasiga amatwi ya buri umwe wese muri twe, mu gihe turimo kumva hirya no hino ku isi kurangurura kwa Kimana kw’Ijwi ry’Imana rivugana natwe. Uku niko Uwiteka avuze.

Turi Itorero ry’Imana ry’Umwimerere ryavutse bwa kabiri ryizera BURI Jambo ry’Imana Imbere y’ikintu icyo aricyo cyose, tutitaye kucyo aricyo, kubera ko ni Ijambo ry’Imana ritavangiye ririmo kuvuga.

Imana irimo irigaragaza Ubwayo muri twe, Itorero Mugeni Ryayo. Ntabwo turi abahetsi b’Imbuto, TURI IMBUTO YA CYAMI. Ubuzima Bwe bwose bwari muri We bwongeye kwigaragaza muri TWE, Itorero Mugeni, ry’ukuri, ry’umwimerere, Rigarura Ijambo ry’Imana mu mwuzuro Waryo no mu mbaraga Zaryo.

Ntihashobora kongera kubaho igisekuru icyaricyo cyose cy’itorero nyuma y’iki. Turi ku iherezo, bene Data na bashiki bacu. Niho turi, twahageze. Imana ishimwe.

Turi ku iherezo. Twahageze. Umugeni YAMENYE abo Turi bo. Ni igihe cy’Imbuto Mugeni. Ibishishwa byarapfuye. Ibishishwa birimo kuma. Turi Ijambo ry’Imana ryavutse ku mwari rigaragajwe, Yesu Kristo ari uko yari ejo, uyu munsi, ndetse n’iteka.

Ntabwo tuzakorwaho. Nta mugabo wadufata kungufu. Turi Umugeni wabyawe n’umwari. Twategetswe n’Imana kuguma kuba ab’ukuri ku Ijambo mwari ritunganye. Imbuto igomba kuguma Imbere y’Umwana, Umwuka Wera, Ijwi ry’Umwana w’Umuntu, bityo kugira ngo ibashe gukomera. Kandi kuri twe, hariho INZIRA IMWE GUSA: GUKANDAHO BIKAVUGA MAZE TUKUMVA IJWI RY’UMWANA W’UMUNTU UBWE.

Kandi ndavuga ko hari Itorero ryatoranyijwe ahantu runaka muri iyi si, ryahunze ibi bintu kandi rihagaze ukwaryo. Kandi kugaragara kw’Imana kwararireheje.. Turi mu minsi ya nyuma.

Turi Ibizu by’Imana. Nta bugambanyi buri muri twe. Dushobora gusa kurya kuri Manu nshya. Tumeze nk’inyana ziri mu bwatsi. Turya gusa Ibyo Kurya Byahunitswe ibyo twagenewe.

Turi kubona Ibizu by’imana hirya no hino ku isi bishaka Manu Nshya. Bazakomeza gushaka kugeza bayibonye. Bazaguruka bajye hejuru ndetse hejuru cyane. Niba ntayiri hano muri iki kibaya, bazongera bigire hejuru ho gato. Barashaka Ijambo ry’Imana ry’uwo munsi rivuye ku Ijwi ry’Imana. Aho bagiye h’iteka hashingiye kuri Ryo. Aho Umubiri uri, niho Ibizu biteranira.

Umwuka We waje kuri twe kugira ngo ukore ibyo bintu bimwe nk’ibyo Yakoze. Ni ukongera kororoka kw’Intete. Turi Urubyaro Rwa Cyami rw’Abrahamu mu Kwizera abo bafata buri kintu cyose kinyuranye n’Ijambo ry’Imana maze bakacyita ko kitariho. Ntidushobora gushidikanya cyangwa ngo dushyire mu mwanya utariwo Ijambo ry’Imana, kubera ko twizera ko ari UKU NIKO UWITEKA AVUZE. Yesu Kristo ari uko yari ejo, uyu munsi, n’iteka.

Mana mukunzi mwiza, ntutume dutera umugongo ibi ngo tujye ku bupfu bw’isi, ahubwo reka tumwakire uyu mugoroba n’umutima wacu wose. Kandi Mwami, rema muri njye umwuka mwiza, Umwuka w’Ubugingo, kugira ngo nshobore kwizera Amagambo Yawe yose, kwemera Yesu Jambo, umwe ejo hashize, uyu munsi, n’iteka ryose, no kwizera uyu munsi igice cyatanzwe muri iki gisekuru. Bitange, Mwami. Mbisabye mu Izina rya Yesu.

Ndifuza kugutumira kugira ngo uze kumva Ijwi ry’Imana rihamirijwe kubw’igihe cyanyuma mu gihe Aduha Ibyo kurya by’Ibizu; Isezerano ry’Imana. Bisaba kwizera k’umwari kuri iri Jambo ry’Imana kugira ngo ubu Umugeni We.

Mwene Data Joseph Branham

Isaha: Isasita z’amanywa ku isaha y’I Jeffersonville

Ubutumwa: Imbuto ntabwo iraganwa n’igishishwa 65-0218

Ibyanditswe:

Matayo 24:24

Kuko abiyita Kristo n’abahanuzi b’ibinyoma bazaduka bakora ibimenyetso bikomeye n’ibitangaza, kugira ngo babone uko bayobya n’intore niba bishoboka.

Luka 17:30

Ni na ko bizamera umunsi Umwana w’umuntu azaboneker aho.

Yohana 5:24

“Ni ukuri, ni ukuri, ndababwira yuko uwumva ijambo ryanjye akizera uwantumye, aba afite ubugingo buhoraho kandi ntazacirwaho iteka, ahubwo aba avuye mu rupfu ageze mu bugingo.

Yohana 14:12

Ni ukuri, ni ukuri, ndababwira yuko unyizera, imirimo nkora na we azayikora ndetse azakora n’iyiruta, kuko njya kwa Data.

Abaroma 8:1

Nuko rero noneho abari muri Kristo Yesu nta teka bazacirwaho,

Abagalatiya 4: 27-31

27.kuko byanditswe ngo “Ishime ngumba itabyara, Tera hejuru uvuge cyane utaramukwa, Kuko abana b’inyungwakazi ari benshi, Baruta ab’inkundwakazi.”
28.Nuko rero bene Data, namwe muri abana b’isezerano nk’uko Isaka yari ari.
29.Ariko nk’uko icyo gihe uwabyawe n’umubiri yarenganyaga uwabyawe n’Umwuka, na n’ubu ni ko bikimeze.
30.Mbese ibyanditswe bivuga bite? Biravuga biti “Senda inshoreke n’umuhungu wayo, kuko umuhungu w’inshoreke atazaraganwa n’umuhungu w’umugeni.”
31.Nuko bene Data, ntitukiri abana b’inshoreke, ahubwo turi ab’umugeni.

Abaheburayo 13: 8

Yesu Kristo uko yari ari ejo, n’uyu munsi ni ko ari kandi ni ko azahora iteka ryose.

1 Yohana 4: 7

Bakundwa, dukundane kuko urukundo ruva ku Mana. Umuntu wese ukunda yabyawe n’Imana kandi azi Imana.

Ibyahishuwe 10

Mbona marayika wundi ukomeye amanuka ava mu ijuru yambaye igicu, umukororombya uri ku mutwe we, mu maso he hasa n’izuba, ibirenge bye bisa n’inkingi z’umuriro.

Mu intoki ze yari afite agatabo kabumbutse. Nuko ashyira ikirenge cye cy’iburyo ku nyanja, n’icy’ibumoso agishyira ku butaka.

Arangurura ijwi rirenga nk’uko intare yivuga, avuze iryo jwi rirenga guhinda kurindwi kw’inkuba kuvuga amajwi yako.

Kandi guhinda kurindwi kw’inkuba kumaze kuvuga, nari ngiye kwandika nuko numva ijwi rivugira mu ijuru rimbwira riti “Iby’ uko guhinda kurindwi kw’inkuba kuvuze ubizigame, bibe ubwiru ntubyandike.”

Marayika nabonye ahagaze ku nyanja no ku butaka amanika ukuboko kwe kw’iburyo, agutunga mu ijuru

arahira Ihoraho iteka ryose yaremye ijuru n’ibirimo, n’isi n’ibiyirimo n’inyanja n’ibiyirimo ati “Ntihazabaho igihe ukundi,

ahubwo mu minsi y’ijwi rya marayika wa karindwi ubwo azatangira kuvuza impanda, ni ho ubwiru bw’Imana buzaba busohoye nk’uko yabwiye imbata zayo ari zo bahanuzi.”

Nuko rya jwi numvise rivugira mu ijuru, nongera kuryumva rimbwira riti “Genda wende ka gatabo kabumbutse kari mu intoki za marayika uhagaze ku nyanja no ku butaka.”

Nuko nsanga marayika uwo ndamubwira nti “Mpa ako gatabo.” Aransubiza ati “Enda ugaconshomere, karagusharirira mu nda ariko mu kanwa kawe karakuryohera nk’ubuki.”

Nenda ako gatabo, ngakura mu intoki za marayika ndagaconshomera. Mu kanwa kanjye karyohera nk’ubuki, ariko maze kukarya mu nda yanjye harasharirirwa.

Arambwira ati “Ukwiriye kongera guhanura iby’amoko menshi n’amahanga menshi, n’indimi nyinshi n’abami benshi.”

Malaki 4

“Dore hazaba umunsi utwika nk’itanura ry’umuriro, abibone bose n’inkozi z’ibibi zose bazaba ibishingwe, maze habe umunsi uzabatwika bashire, ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga, ntuzabasigira umuzi cyangwa ishami.

Ariko mwebweho abubaha izina ryanjye, Izuba ryo gukiranuka rizabarasira rifite gukiza mu mababa yaryo, maze muzasohoka mukinagire nk’inyana zo mu kiraro.

Kandi muzaribatira abanyabyaha hasi, bazaba ivu munsi y’ibirenge byanyu ku munsi nzabikoreraho. Ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga.

“Nimwibuke amategeko y’umugaragu wanjye Mose, ayo namutegekeye i Horebu yari ay’Abisirayeli bose, yari amategeko n’amateka.

“Dore nzaboherereza umuhanuzi Eliya, umunsi w’Uwiteka ukomeye kandi uteye ubwoba utaragera.

Uwo ni we uzasanganya imitima y’abana n’iya ba se, kugira ngo ntazaza kurimbuza isi umuvumo.”

Ariko iyo mutangiye kuvuga muti: “Njyewe na Data turi Umwe”, n’ibyo bintu bindi, ubwo rero igishishwa kirabihunga. Ariko Itorero Mugeni ry’ukuri ry’umwimerere rizagaragaza Ijambo ryuzuye ry’Imana mu mwuzuro Waryo, hagati…?… Kuko uko Yari ejo, ni ko Ari uyu munsi, n’iteka ryose.

65-0218- “Imbuto ntabwo iraganwa n’igishishwa”
Rev. William Marrion Branham

Yesu Krisito ntahinduka, uko Yari ejo, ni ko Ari uyu munsi n’iteka ryose.
Umwuka uje ku Mugeni ngo usohoze ibintu bimwe. Murabona, ni ukuvuka bushya kw’impeke.

65-0218- “Imbuto ntabwo iraganwa n’igishishwa”
Rev. William Marrion Branham