24-0526 Umuntu uhunga mu maso y’Uwiteka

Ubutumwa : 65-0217 Umuntu uhunga mu maso y’Uwiteka

BranhamTabernacle.org

Bakundwa Bagenzi mugiye I Nineve

Data, aho umubiri Wawe uri, niho Ibizu Byawe biteraniye hamwe. Urimo uratugaburira kuri Manu Yawe ya Kimana. Uhe ubugingo bwacu icyo nyakuri bukeneye. Turakunyotewe, Data.

Turi mu Biganza Byawe. Turi imbere y’ubwiza Bwawe, turi gukomera, binyuze mu kumva Ijwi Ryawe. Umugeni agomba kwisubiramo maze akarebana nabyo. Bikwiriye kuba ari ukuri cyangwa ikinyoma. Ese kumva Ijwi Ryawe rihamirijwe inicyo kintu cy’ingenzi cyane Umugeni Wawe akwiriye gukora cyangwa sicyo? Niba Bikwiriye, Reka tubikore. Ntutegereze ukundi, ushake ikiri Ukuri n’igikwiriye, maze abaricyo ugumana nacyo Turabizi ko Ryo ari Ukuri, turabizi ko ariyo Nzira Yawe Wateguye.

Ndagomba kurangurura cyane, “Intare intontomye ninde utatinya? Imana ivuze, ninde utahanura?” Twarabibonye mu Ijambo. Warabisezeranye. Ninde washobora guceceka kandi agatuza?

Ntabwo dushaka icyo gitekerezo rusange. Turashaka Ukuri. Kandi twe ntabwo, twe(dushaka) ntidushaka–ntidushaka guhanga amaso ikindi cyose uretse icyo Imana yavuze ko ari Ukuri.

Igihe kirageze kugira ngo mufate icyemezo niba ari iyihe nkunge mugomba kujyamo. Ese murimo kugaburirwa ku Ijambo rivuzwe rivuye neza neza ku Mwana w’Umuntu, cyangwa n’ikindi kindi? Ese haba hari ubabwira ko mugomba kumva andi majwi kugira ngo mube Umugeni Wayo? Gucuranga amakasete mu ngo zanyu cyangwa mu nsengero zanyu ntabwo aricyo kintu cy’ingenzi Umugeni agomba gukora?

 Ese ni ijwi ryande murimo kumva? Ese ni iki iryo jwi ririmo kubabwira?  Ese kubaho kw’iteka  kwanyu n’uk’umuryango wanyu murimo kugushingira kurihe jwi?

Ntabwo ari njye, ntabwo ari kuri marayika wa karindwi, oh, oya; ni kukugaragazwa k’Umwana w’Umuntu. Ntabwo ari marayika, ubuutumwa bwe; ni ubwo bwiru Imana yahishuye. Ntabwo ari umuntu; ni Imana. Uwo Marayika ntabwo yari Umwana w’umuntu; yari intumwa iturutse ku Mwana w’umuntu. Umwana w’umuntu ni Kristo; Uwo ni We Umwe muryaho. Ntabwo murimo kurya ku umuntu; umuntu, amagambo ye azananirwa. Ariko muri kurya ku Mubiri-Jambo utananirwa w’Umwana w’umuntu.

Ntukumve irindi jwi iryo ariryo ryose iryo ridashyiramo iryo Jwi, Mubiri-Jambo utananirwa w’Umwana w’umuntu, ngo arigire IRYA MBERE. Bashobora kubwiriza, kwigisha, cyangwa bagakora ibyo Imana yabahamagariye gukora byose, ariko NTABWO aribo jwi ry’ingenzi MUKWIRIYE KUMVA.

Niba bizera ibyo, noneho aho bazacuranga iryo Jwi igihe muteraniye hamwe maze bavuge ngo, “Iri Jwi, riri ku makasete, niryo Jwi ry’Ingenzi dukwiriye kumva. Iryo, kandi IRYO gusa, UKU NIKO UWITEKA AVUZE.”

Ese ni irihe Jwi mukunda? Ese ni kuki Yemeye ko Ijwi Ryayo rifatwa amajwi kandi rigahunikwa? Ese ni irihe Jwi Imana yatoranije kugira ngo rivuge Ijambo Ryayo kubw’igihe cyacu?

Binyuze mu muhanuzi Wayo Yateguye, uwo Yarobanuriye kugira ngo amanuke aho maze atambutse ubwo butumwa, rero, bisa nkaho Yashoboraga kohereza undi muhanuzi, ariko Yarobanuye Yona, kandi habe na Eliya ntabwo yajyaga kubikora, Yeremiya ntiyajyaga kubikora, Mose ntabwo yajyaga kubikora, yari Yona wagombaga kujya i Nineve. Nicyo cyonyine cyari gikenewe kuri byo. Yamuhaye umurimo ndetse Imubwira kugenda. Kandi igihe Yavuze ngo, “Genda hariya, Yona, genda I Nineve,” nta wundi muntu washoboraga kujyayo uretse Yona

Imana yatugennye mbere muri ubu buzima. Iri Jwi ritubwira Amagambo y’Ubugingo Buhoraho. Kuri twe, iyi niyo Nzira yateganijwe n’Imana. Iyi niyo Nkuge yacu. Niba uri mu nkuge igiye i Tarushishi, sohokamo mbere y’uko ukererwa.

Niba warimo wibaza, cyangwa ufite ibibazo ibyo aribyo byose mu mutima wawe wibaza inzira ukwiriye gufata cyagwa icyo ukwiriye gukora, ngwino udusange. Injira mu Nkuge hamwe natwe. Tugiye I Nineve, kurangurura. Turareka iyo nkuge y’I Tarushish ikomeze imanuke niba bashaka kujyayo. Dufite inshingano imbere y’Imana. Ubwo nibwo Ubutumwa dushinzwe.

Ntabwo ndimo mvuga ko nuramuka ugiye ku rusengero batumva amakasete ariyo nkuge igiye I Tarushishi, ariko niba UWO ARIWE WESE adafata iri Ijwi ry’Imana riri ku makasete nk’ijwi ry’ingenzi cyane mugomba kumva, byaba byiza ugenzuye ukareba uyoboye inkuge yanyu n’aho iyo nkuge irimo kwerekeza.

Ndagutumiye kugira ngo wifatanye natwe Kucyumweru I Saa sita z’amanywa., ku isaha y’I Jeffersonville, mu gihe Kapiteni w’inkuge yacu avuga kandi atuzanira Ubutumwa: Umuntu uhunga mu maso y’Uwiteka 65-0217.

Reka noneho dutangire ubu bubyutse. Ni ukuri! Ese ni iki utegereje? Twizera ko Kuza k’Umwami kwegereje, Kandi Agiye kuza gutwara Umugeni, ndetse Biriteguye. Kandi nta nkunge na zimwe dushaka z’I Tarushishi. Tugiye I Nineve. Huh! Tugiye mu Bwiza. Amen. Uko ni ukuri. Tugiye aho Imana igomba kuduha umugisha, kandi icyo nicyo gusa dushaka gukora.

Mwene Data Joseph Branham