Pasika 2025 -Amateraniro y’Ubusabane Budasanzwe no Kozanya ibirenge

Ubutumwa : Ubusabane 62-0204

BranhamTabernacle.org

Mukundwa Mugeni wa Kristo

Mbega ibihe bihebuje Umugeni aza kugira kuri iyi mpera y’icyumweru ya Paska. Nizera ko iza  kuba ari imwe mu by’umumaro mwinshi mu buzima bwacu; igihe tutazigera twibagirwa. Impera y’icyumweru y’Urwandiko Rudasanzwe.

Buri Pasika yagiye iba igihe kidasanzwe ku Mugeni, mu gihe dufunga imiryango yacu tugakingiranira isi hanze n’ibirangaza byayo, maze tukongera kwegurira Imana ubuzima bwacu. Ni impera y’icyumweru yamweguriwe kugira ngo tumuhimbaze, nkuko tuvugana na We ibihe byose, maze tukumva Ijambo Rye.

Umwanzi yateye ubuzima bwacu kurangara no guhuga mu bintu byinshi by’ubuzima kugeza aho byahindutse ibigoye kwiherera maze tukavugana na We. Habe n’ibikoresho dukoresha twumva Ijambo, Satani arabikoresha kugira ngo abangamire igihe cyacu.

Ariko iyi mpera y’icyumweru izaba itandukanye, kurusha indi mpera y’icyumweru ya pasika twaba twarigeze tugira.

Igihe Umwami yashyize ku mitima yacu kumva Ibimenyetso, nta gitekerezo nari mfite ku bijya n’aho amatariki azagwa. Ariko nkuko biri igihe cyose, kugena igihe kwe kuratunganye. Mu byumweru bibiri bishize twagiriwe ubuntu bwo kumva Ikimenyetso cya 4, Igisekuru cy’Ikizu, ku itariki 6 z’ukwa Kane, yari isabukuru y’amavuko y’umuhanuzi; Mbega uburyo bijyanye.

Ariko noneho, Umwami atubikiye byinshi mu bubiko. Nkuko nabivuze, igihe numvishe Umwami ashyize ku mutima wanjye gucuranga Ibimenyetso, narimbizi ko bizatwara ibyumweru byinshi kugira dusoze kubicuranga nkuko biri mu rukurikirane rw’Ubutumwa 10.

Mu gihe narebaga kuri kalendari, mbona ko Pasika izagera mbere y’uko dusoza kumva urwo rukurikirane rwose. Natekereje muri njye, ndibwira ngo ahari bizasaba guhagarika kumva Ibimenyetso nuko Azampa Ubutumwa bwa Pasika.

Muri ako kanya nabonye… biraza kuba BITUNGANYE. Ko dushobora gukomeza kumva Ibimenyetso noneho Ikimenyetso cya Karindwi tukazacyumva ku Cyumweru cya Pasika Mu gitondo. Sinashoboraga kubyiyumvisha, biratunganye neza muri gahunda. Namenye ubwo noneho, KO UYU ARI WOWE, MWAMI.

Nshimishijwe cyane kandi ntegerezanyije amatsiko kubw’iki gihe cyacu cya Pasika turi hamwe umwe ku wundi, ndetse hamwe na We. Namenye ko Yaduteguriye gahunda.

Kubw’ibyo, niba Umwami abishimye, tuzakomeza kumva Ibimenyetso muri iki gihe kidasanzwe cy’impera y’icyumweru ya Pasika.

KUWA KANE

Byari Kuwa kane nimugoroba nibwo Umwami Yesu yasangiye n’abigishwa Ifunguro rya Nimugoroba rya Nyuma, mu kwibuka Pasika mbere yo gusohoka kw’abana b’Isiraheri. Mbega amahirwe dufite gusangira n’Umwami mu ngo zacu, mbere y’impera y’icyumweru yejejwe, kandi tukamusaba kutubabarira ibyaha byacu, no kuduha ibyo dukeneye byose muri urugendo.

Biduhe, Mwami. Kiza abarwayi. Hoza abacitse intege. Nezeza abakandamijwe. Ha amahoro abacitse intege, Amafunguro abashonje, Ibyokunywa abishwe n’inyota, umunezero abishwe n’agahinda, imbaraga Itorero. Mwami, zana Yesu hagati muri twe, muri uyu mugoroba, mu gihe twiteguye kujya mu busabane, bushushanya umubiri We washenjaguwe. Dusabye, Mwami, ngo Atugenderere by’umwihariko.

 Ha abandi umugisha, Mwami, abari mu isi yose, bategerezanyije umunezero Ukuza k’Umwami – amatabaza ateguye, ibirahure bikenkemuye, Umucyo w’Ubutumwa Bwiza urabagirana ahacuze umwijima.

Reka dutangire ku isaha y’I Saa Kumi n’ebyiri z’umugoroba. Ku masaha y’iwanyu kugira ngo twumve Ubusabane 62-0204, kandi noneho umuhanuzi aributwinjize mu Busabane Budasanzwe n’Umurimo wo Kozanya Ibirenge, ari wo uza gutambutswa kuri app ya Lifeline (Mu cyongereza), cyangwa mushobora kururutsa amateraniro mu Cyongereza cyangwa muzindi ndimi mukanze ku murongo uriho munsi.

Dukurikiye Ubutumwa, turaterana n’imiryango yacu mu ngo zacu maze dufate Ifunguro ry’Umwami.

KUWA GATANU

Reka tujye mu masengesho hamwe n’imiryango yacu I Saa Tatu za Mugitondo. Kandi hanyuma tuze kongera I Saa Sita z’amanywa. Dutumira Umwami kugira ngo abe hamwe natwe kandi yuzuze ingo zacu Umwuka Wera mu gihe tumwiyegurira ubwacu.

Reka ibitekerezo byacu bigaruke kuri uriya munsi I Karuvari, nko mu myaka 2000 ishize, kandi tureba Umucunguzi wacu amanitse ku musaraba, kandi hanyuma twiyemeze ubwacu kimwe guhora igihe cyose dukora ibinezeza Data:

Niba uriya munsi ari uw’ingenzi cyane, niba ari umwe mu minsi y’ingenzi, twitegereze mu ngingo 3 zinyuranye icyo uriya munsi watumariye. Twagashoboye gufatamo ingingo amagana. Ariko, iki gitondo, nahisemo gusa ingingo 3 zinyuranye, z’ingenzi cyane, dushaka kwitaho mu mwanya muto ugiye gukurikira, kandi werekana icyo Kaluvari yatumariye. Kandi ngusabye ngo bikomange umutima buri munyabyaha wese uri hano, bitere buri wera gupfukama, bitere buri murwayi kuzamurira Imana ukwizera kwe maze atahe yakize, bitere buri munyabyaha gukizwa, buri wese wasubiye inyuma bimugarure kandi yitere isoni, naho buri uwera bimunezeze kandi bimuhe ingoga nshya, ibyiringiro bishya.

Hanyuma Saa Sita n’igice z’amanywa, reka tujye hamwe mu ngo zacu twumve: 63-0323 Ikimenyetso cya Gatandatu

Hanyuma ako kanya turongera kujya hamwe mu masengesho nyuma y’umurimo, mu kwibuka kubambwa k’Umwami wacu.

KUWA GATANDATU

Reka twongere twiyunge hamwe mu masengesho Saa Tatu za mu gitondo na Saa Sita z’amanywa. Kandi dutegure imitima yacu kubw’ikintu gikomeye Aribudukorere hagati muri twe.

Nshobora kumwumva Avuga ati: “Satani, ngwino hano!” Ubu ni Databuja. Ahageze afata urufunguzo rw’urupfu n’umuriro utazima, arumanika ku kibero Cye. Ati “Ndashaka kukumenyesha. Wabaye kadahumeka igihe kirekire bihagije. Ndi Umwana wavutse ku isugi w’Imana nzima. Amaraso yanjye aracyatose ku musaraba, kandi umwenda wose warishyuwe! Nta burenganzira ugifite. Uranyazwe. Mpa izo mfunguzo!”

Hanyuma I Saa Sita n’Igice z’Amanywa, turajya hamwe twese kugira ngo twumve IJAMBO: 63-0324m Ibibazo n’Ibisubizo ku Bimenyetso.

Mbega UMUNSI W’URWANDIKO RWIHARIYE ibi bigiye kubabyo ku Mugeni wo ku isi yose.

Noneho reka twese tujye hamwe mu masengesho ako kanya nyuma y’umurimo.

KUCYUMWERU

Reka tubanze tubyuke kare nkuko Mwene Data Branham yabikoze igihe ubwo iyi nshuti ye nto, Robin(ifundi), yamubyukije Saa Kumi n’Imwe za Mugitondo, Reka dushimire Umwami kubwo kuzura Yesu Ikamukura mu bapfuye:

Saa kumi n’imwe z’iki gitondo, agacuti kanjye k’ifundi (ifite agatorero k’umutuku) kahagaze ku idirishya ryanjye maze karankangura. Twajyaga kuvuga ko agatima kako kari kasabwe n’ibyishimo, kakavuga kati: “Yazutse.”

I Saa Tatu za Mugitondo n’I Saa Sita z’amanywa, reka twongere tujye hamwe indi nshuro mu murongo w’amasengesho, dusengerana umwe ku wundi kandi twitegura ubwacu kumva Ijwi ry’Imana.

I Saa Sita n’igice z’Amanywa, turaza kujya hamwe kugira ngo twumve Ubutumwa bwa Pasika: 63-0324e Ikimenyetso cya Karindwi

I Saa Cyenda z’Amanywa, reka twongere indi nshuro twiyunge hamwe kubw’amasengesho, tumushimira kubw’IMPERA Y’ICYUMWERU NZIZA YADUHAYE HAMWE NA WE N’UMUGENI WE WO KU ISI YOSE.

Kuri bene Data na bashiki bacu bari mu mahanga, kimwe n’umwaka ushize, ndashaka kubatumira kugira mwiyunge hamwe natwe ku isaha y’I Jeffersonville, kubw’ibihe by’amasengesho byose biri kuri iyi gahunda. Ndabona ko, nubwo, kunyuzaho Amakasete Kuwa Kane, Kuwa Gatanu, no Kuwa Gatandatu nyuma ya sasita ku isaha y’I Jeffersonville bishobora kuba ibigoye kuri benshi muri mwe, noneho mwumve mubohotse ko mwanyuzaho Ubwo Butumwa ku isaha Ibanogeye. Gusa, nubwo bimeze bityo, ndifuza ko twahurira hamwe Ku Cyumweru I Saa Sita z’Amanywa, ku isaha y’I Jeffersonville, kugira ngo twumve Ubutumwa bwacu bwo Kucyumweru hamwe.

Ndashaka no gutumira mwebwe n’abana banyu kugira uruhare muri Creations projects, mu gutangaza, no gusubiza ibibazo bya YF, ibyo umuryango wanyu wose ushobora kwishimira hamwe. Dutekereza ko muzabikunda kubwo kuba bishingiye ku IJAMBO tuzumva muri iyi mpera y’icyumweru.

Kubwa gahunda y’impera y’icyumweru, amakuru kubijyanye no gutegura amateraniro y’Ifunguro Ryera, ibikoresho bizakenerwa kubwa Creations projects, Utubazo twa Pasika, n’andi makuru, mwareba ku murongo uri munsi

Reka tuzimye amatelefone yacu kubw’impera y’icyumweru ya Pasika keretse gusa gufata amafoto, kumva Imirongo y’Umunsi, no gucuranga amakasete aturutse kuri app ya The Table, app ya Lifeline, cyangwa  imirongo ishobora kururutsa.

Ni ibyo kubahwa cyane kuri njye gutumira mwebwe n’imiryango yanyu kugira ngo tujye hamwe n’Umugeni wo ku isi yose kubw’impera y’icyumweru yuzuyemo KURAMYA, GUHIMBAZA NO GUKIRA INDWARA. Ndabyizeye nyakuri ko ari impera y’icyumweru igomba guhindura ubuzima bwawe by’iteka.

Mwene Data Joseph Branham