24-1110 Igisekuru cy’Itorero rya Tuwatira

Pesan: 60-1208 Igisekuru cy’Itorero rya TuwatiraKinyarwanda_

Pesan: Chapter 6 – Exposition of The Seven Church Ages book

BranhamTabernacle.org

Mukundwa Mugeni Urabagirana

Mbega uburyo Umwami arimo kuduhishurira y’uko mu bisekuru byose hagiye habaho itsinda rito ryagiye rigumana n’Ijambo Ryayo. Ntabwo bigeze bagwa mu mutego w’ibishuko  by’umwanzi, ahubwo bagumye ari abanyakuri n’abo kwizerwa ku Ijambo ry’igihe cyabo.

Ariko ntabwo higeze habaho igihe, cyangwa itsinda ry’abantu abo Umwami yigeze yishimira, cyangwa bari bamuteye ishema, kurusha twe. Turi Umugeni Umugore We Ntore utigeze kubaho, kandi igikomeye kurushaho, NTIDUSHOBORA, gushukwa; kubera ko twumva Ijwi ry’Umwungeri maze tukamukurikira.

Arimo kutwereka binyuze muri ibyo bisekuru ko habayeho amatsinda abiri y’abantu, bombi bahamya ko guhishurirwa kwabo kwaturutse ku Mana n’imibanire yabo n’Imana. Ariko Yaratubwiye ngo, Uwiteka azi abe. Agenzura ibitekerezo byacu. Azi ibiri mu mitima yacu. Abona imirimo yacu binyuze mu kugumana n’umuhanuzi n’Ijambo Ryayo, aricyo kigaragaza mu buryo budakuka ikiri imbere muri twe. Ikitugenza, Intego zacu bimenywa nawe igihe yitegereza buri gikorwa cyacu.

Aratubwira ngo buri masezerano yahaye buri gisekuru, ni AYACU. Aratureba twe abakomeza gukora imirimo Ye n’ubudahemuka kugeza ku iherezo. YADUHAYE gutwara amahanga. Atubwira ko dukomeye, dushoboye , abatware bakomeye bashobora guhangana mu buryo bw’imbaraga na buri kibazo cyose. Habe n’umwanzi w’icyihebe kurusha abandi azavunagurika nibiba ngombwa.  Kwerekana ubutware bwacu binyuze mu mbaraga Ze bizaba kimwe kuri buri Mwana. ICYUBAHIRO KIBE ICY’IMANA!!

Twakiriye uburebure bw’Imana mu buzima bwacu. Ni imyitozo y’Umwuka w’Imana utura muri twe ku muntu ku giti cye. Ibitekerezo byacu bimurikiwe n’ubwenge n’ubumenyi bw’Imana binyuze mu Ijambo Ryayo.

Tujya aho Umukwe ari hose. Ntabwo Azigera adusiga. Ntabwo tuzigera tuva mu ruhande Rwe. Tuzambikwa ikamba kubw’ubwiza n’Icyubahiro Bye.

Yaduhishuriye uburyo umwanzi ushukana yagiye amera muri buri gisekuru n’uburyo ari ingenzi  KUGUMANA N’IJAMBO RYE RY’UMWIMERERE. Nta Jambo na  rimwe rishobora guhindurwa. Buri gisekuru bagiye bongera kandi bagakura kuri Ryo, bagashyira ubusobanuro bwabo bwite ku Ijambo ry’umwimerere; kandi barazimiye by’iteka kubwo gukora batyo.

Mu Gisekuru cy’Itorero rya Tuwatira, iyo myuka iyobya yavugiye muri papa w’I Roma maze ahindura Ijambo Ryayo. Abigira ko ari “umuhuza umwe hagati y’Imana n’umuntu (atari abantu)” Noneho ubu niwe uri hagati y’umuhuza n’abantu. Ni muri ubwo buryo, gahunda yose y’Imana yahinduwe; atari uguhindura ijambo rimwe, ahubwo guhindura INYUGUTI IMWE. Satani yahinduye ahari “E (aba)” iyigira “A (Umu)”

Buri Jambo rizagenzuzwa Ijambo Ryayo ry’Umwimerere ryavuzwe ku makasete. Kubw’ibyo, Umugeni Wayo AGOMBA kugumana n’amakasete. Mugihe umwanzi agerageza guca abantu intege abaha guhunda ihabanye, ibitekerezo bihabanye, inyuguti itandukanye, Umugeni AZAGUMANA N’IJAMBO RY’UMWIMERERE.

Muri buri gisekuru Yesu yigaragazaga Ubwe hamwe n’intumwa y’icyo gisekuru. Bakiraga uguhishurirwa kw’Ijambo ry’icyo gisekuru. Uku guhishurwa kw’Ijambo gusohora intore y’Imana mu isi kandi kukayinjiza mu bumwe bwuzuye na Yesu Kristo.

Yahamagaye kandi Yeza abantu benshi kugira ngo babe umugisha ku itorero, ariko Yo UBWAYO  ifite INTUMWA IMWE  yahamagaye kugira ngo IYOBORE itorero Ryayo binyuze mu Mwuka Wera Wayo. Hariho IJWI RIMWE rifite Uku Niko UWITEKA Avuze. Hariho IJWI RIMWE Izaducira urubanza ikoresheje. Hariho IJWI RIMWE Umugeni Wayo ashingiraho aho agiye h’iteka. IRYO JWI NI IJWI RY’IMANA RIRI KU MAKASETE.

Mugeni, ubushake bw’Imana kuri twe ni Ugutungana, kandi mu maso Ye, TURATUNGANYE. Kandi uko gutungana ni ukwihanga, dutegereje Imana…. Kandi gutegereza Imana. Yatubwiye ko ari inzira yo gutuma umuco wacu ukura.  Dushobora kugira ibigeragezo, ibipimo n’amagorwa, ariko gukiranuka ku Ijambo Rye gutera kwihangana muri twe kugira ngo tube dutunganye kandi twuzuye, nta na kimwe tubura.

Ntabwo tuzigera twibagirwa ko KWIZERA kuzanwa no kumva, kumva Ijambo, kandi Ijambo riza ku muhanuzi.

Ngwino kandi wakire ku munezero ukomeye w’ubuzima bwawe mu gihe wicara hamwe natwe ahantu ho mu Ijuru mu gihe twumva Ijwi ry’Imana rituzanira Ijambo ku: Igisekuru cy’Itorero rya Tuwatira 60-1208 I Saa Sita z’amanywa. Ku isaha y’I Jeffersonville.

Mwene Data Joseph Branham