24-0901 Kandi Ntabwo Ubizi

Ubutumwa : 65-0815 Kandi Ntabwo Ubizi

BranhamTabernacle.org

Bakundwa Bene Data na Bashiki bacu,

Mwizirike kuri Kirisito. Mundeke nk’umukozi w’Ubutumwa bwiza, mbahe iyi mburo. Ntimukamire ibyo ari byo byose. Ntimugire icyo mwibaza. Ntimutirimuke aho, kugeza ubwo aho imbere h’imbere haba hashikamye mu Ijambo, kugeza ubwo muba muri Kirisito, kubera ko nicyo kintu rukumbi kiza … Kubera ko turi mu gisekuru gishukana cyane cyo tutigeze na rimwe tugira. “Cyayobya ndetse Intore, bibaye bishoboka,” kubw’ibyo, bafite ugusigwa, babasha gukora byose nk’abandi.

Data, waratuburiye ko turi kuba mu gisekuru gishukana cyane  kurusha ibindi bihe byose. Imyuka ibiri mu isi izaba yegeranye cyane, izashuka n’intore, iyo biba bishoboka. Ariko icyubahiro kibe icy’Uwiteka, ntabwo byashoboka ko idushuka, Umugeni Wawe; tuzagumana n’Ijambo Ryawe.

Turi Ibiremwa Byawe bishya, kandi ntishushobora gushukwa. Tuzagumana n’Ijwi Ryawe. Tuzikiriza kandi twizirike kuri buri Jambo, tutitaye kucyo uwo ari we wese yavuga. Nta yindi nzira ihari uretse Inzira Yawe wateguye; Uku Niko Uwiteka Avuga ku makaseti.

Igihe umuhanuzi Wawe yari hano ku isi, yamenye uburyo ari ingenzi cyane ku Mugeni kumva buri Jambo ryaavuzwe, bityo yahurizaga hamwe Umugeni Wawe binyuze ku mirongo ya telephone. Yaduhurizaga hamwe ku  Ijambo Jwi Ryawe Ryavuzwe rihamirijwe.

Yamenye ko nta gusigwa kunini kwaruta Ijwi Ryawe.

Hanze kure binyuze mu miraba ya telefone, reka Umwuka Wera ukomeye ujye muri buri teraniro. Reka uyu Mucyo Wera  uwo turi kubona hano muri iri torero, reka ujye kuri buri wese na buri umwe,

Buri kintu cyose Umugeni Wawe akeneye kubwo Kuza Kwawe cyaravuzwe, kirahunikwa kandi gihishurirwa Umugeni Wawe binyuze muri malayika Wawe; iryo ni Ijambo Ryawe. Waratubwiye ngo niba hari ikibazo twaba dufite, mugaruke kuri izi kasete. Waratubwiye ngo William Marrion Branham yari Ijwi Ryawe kuri twe. Ni gute haba hari ikibazo mu bitekerezo by’Umugeni wawe mbega ukuntu ari ingenzi gufata Ijwi Ryawe nk’Ijwi ry’ingenzi cyane kurusha andi  Yashobora kumva? Nta gihari Mwami, ku Mugeni Wawe.

Umuhanuzi wawe yatubwiye iby’inzozi aho yavuze ngo, “Nzonge kugenda muri aka kayira indi inshuro.” Ntabwo tuzi icyo ibyo bisobanura, ariko nyakuri Mwami, Ijwi Ryawe ririmo rirangenda muri utu tuyirira tw’iyi miraba y’ikirere uyu munsi, ivuga, kandi ihamaga Umugeni Wayo gusohoka hiryo no hino ku isi.

Uratumiwe kugira ngo wiyunge natwe, Branham Tabernacle, Kucyumweru 12h00 z’amanywa, ku isaha y’I Jeffersonville, mu gihe twumva binyuze mu miraba y’ikirere Ijwi ry’imana rituzanira Ubutumwa:65-0815 – Kandi Ntabwo Ubizi

Mwene Data Joseph Branham

 Ibyanditswe byo gusoma:

Ibyahishuwe 3:14-19

Wandikire marayika w’Itorero ry’i Lawodikiya uti Uwiyita Amen, umugabo wo guhamya kandi ukiranuka w’ukuri, inkomoko y’ibyo Imana yaremye aravuga aya magambo ati

‘Nzi imirimo yawe, yuko udakonje kandi ntubire. Iyaba wari ukonje cyangwa wari ubize!

Nuko rero kuko uri akazuyazi, udakonje ntubire, ngiye kukuruka.

Kuko uvuga uti “Ndi umukire, ndatunze kandi ndatunganiwe nta cyo nkennye”, utazi yuko uri umutindi wo kubabarirwa, kandi uri umukene n’impumyi ndetse wambaye ubusa.

Dore ndakugira inama: ungureho izahabu yatunganirijwe mu ruganda ubone uko uba umutunzi, kandi ungureho n’imyenda yera kugira ngo wambare isoni z’ubwambure bwawe zitagaragara, kandi ungureho umuti wo gusīga ku maso yawe kugira ngo uhumuke.

Abo nkunda bose ndabacyaha, nkabahana ibihano. Nuko rero gira umwete wihane.

Abakolosayi 1:9-20

Ni cyo gituma tudasiba kubasabira uhereye igihe twabyumviye, twifuza ko mwuzuzwa ubwenge bwose bw’Umwuka no kumenya kose ngo mumenye neza ibyo Imana ishaka,

mugende nk’uko bikwiriye ab’Umwami wacu, mumunezeze muri byose, mwere imbuto z’imirimo myiza yose kandi mwunguke kumenya Imana,

mukomereshejwe imbaraga zose nk’uko ubushobozi bwayo bw’icyubahiro bungana, ngo mubone uko mwiyumanganya muri byose mukihanganana ibyishimo,

mushima Data wa twese waduhaye kuraganwa n’abera umurage wo mu mucyo.

Ni we wadukijije ubutware bw’umwijima, akadukuramo akatujyana mu bwami bw’Umwana we akunda.

Ni we waducunguje amaraso ye ngo tubone kubabarirwa ibyaha byacu.

Ni na we shusho y’Imana itaboneka, ni we mfura mu byaremwe byose,

kuko muri we ari mo byose byaremewe, ari ibyo mu ijuru cyangwa ibyo mu isi, ibiboneka n’ibitaboneka, intebe z’ubwami n’ubwami bwose, n’ubutware bwose n’ubushobozi bwose. Ni we wabiremye byose kandi rero ni na we byaremewe.

Yabanjirije byose kandi byose bibeshwaho na we.

Ni we Mutwe w’umubiri, ni we Torero kandi ni we Tangiriro, ni imfura yo kuzuka mu bapfuye kugira ngo abe uwa mbere uhebuje byose,

kuko Imana yashimye ko kuzura kwayo kose kuba muri we.